Tag: featured

  • Gicumbi: Umugore akurikiranyweho kwangiza igitsina cy’umwana yareraga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Icyo cyaha ashinjwa ngo yaba yaragikoze tariki 03/08/2021 ubwo yabyukaga mu gitondo agasanga umwana yanyaye ku buriri agafata umwanzuro wo kumukeba igitsina agira ngo nazajya ajya kunyara ajye ababara bimutere ubwoba ntazongere kubikora.

    Iyo nkuru yaje kumenyekana biturutse ku wundi mwana babana wabwiye abaturanyi ko umwana w’iwabo afite igisebe ku gitsina kubera ko ‘Kaka’ wabo yamukebye igitsina yanyaye ku buriri, nibwo bahise bajya kureba ikibazo umwana afite basanga yaramukomerekeje bikomeye bahita bahamagara inzego z’umutekano atabwa muri yombi, umwana ajyanwa kwa muganga.

    Uyu mugore mu bisobanuro atanga ahakana icyaha aregwa; cyakora akemera ko umwana afite igisebe ku gitsina kuko yishwe n’igikenyeri. Ariko Ubushinjacyaha busanga ibyo avuga atari ukuri, ahubwo ngo ari uguhunga igihano kuko azi neza ko igikorwa yakoze ari icyaha gihanwa n’amategeko.

    Kuba ataragize n’uwo abwira ikibazo cy’umwana agakubitiraho no kumuhisha ntamuvuze, ubwabyo ngo bihishe umugambi mubisha yari afite, nk’uko iyi nkuru Kigali Today ikesha Ubushinjacyaha ibivuga.

    Icyo cyaha nikimuhama azahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu hashingiwe ku ngingo ya 114 y’Itegeko numero Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

    source : https://ift.tt/3t4IzkZ

  • Amateka ya Kapiteni Nsengiyumva Bernard waririmbye ‘Adela Mukasine’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kapiteni Nsengiyumva Bernard
    Kapiteni Nsengiyumva Bernard

    Amatsinda yaririmbyemo ni Les Copains na Umubano, by’umwihariko akaba yari n’umusirikare mu ngabo z’u Rwanda mbere ya 1994, ari na yo mpamvu yamenyekanye nka Kapiteni (Capitaine) ipeti yari afite mu gisirikare kugeza atabarutse mu 1984.

    Nyakwigendera Kapiteni Nsengiyumva Bernard, yasize umugore n’abana barimo Nsengiyumva Tumushime Gloria wa gatatu mu bana batandatu (abakobwa batatu n’abahungu batatu).

    Nsengiyumva Tumushime Gloria ni umwe mu bana ba Kapiteni Nsengiyumva Bernard
    Nsengiyumva Tumushime Gloria ni umwe mu bana ba Kapiteni Nsengiyumva Bernard

    Tumushime yatubereye umutumirwa mu kiganiro ‘Nyiringanzo’ kuri KT Radio hamwe na Bisangwa Nganji Benjamin, atuganirira birambuye kuri Kapiteni (Cpt) Nsengiyumva Bernard, anatubwira imvo n’imvano y’indirimbo ‘Adela Mukasine’, imwe mu zikunzwe cyane.

    Bikurikire muri iki kiganiro:

    source : https://ift.tt/2Y6c1vs

  • Ngororero: Babangamiwe n’aho abagenzi bategera imodoka hataba ubwiherero – #rwanda #RwOT

    Ibi biterwa n’uko nta bwiherero rusange buri kuri iki cyapa bigatuma abagenzi baje gutegereza imodoka babura uko biherera bakajya gusaba mu baturiye aho hafi.

    Aka gace gahuriramo abagenzi baturutse hirya no hino mu Karere ka Ngororero, batega imodoka zigana mu Majyepfo n’abavayo, ndetse hakorera n’umubare mwinshi w’abamotari.

    Abagenzi n’abaturiye aka gace baganiriye na Radio1 bayibwiye ko babangamiwe no kuba nta bwiherero rusange bafite, bikaba biteza akajagari mu ngo z’abaturage batirwa aho kwihagarika.

    Umugenzi umwe yagize ati “Mvuye gutira ubwiherero kuko hano nta buhari. Abaturage turarabangamira ariko nta kundi byagenda.”

    Abatirwa ubwiherero bavuga ko bibabangamiye kuba urujya n’uruza rwiherera mu ngo zabo, kandi ko bishobora no kubaviramo uburwayi.

    Umwe ati “Ikibazo cy’ubwiheroro kirakomeye, nk’abantu bose ba hano ku cyapa baza kuntira agafunguzo nanjye nkumva birambangamiye kuko haza abantu benshi.”

    Hari undi wagize ati “Urabona nko mu gihe cya Covid-19 turimo umuntu ashobora kugutira agakora nko ku miryango ugasanga ayisizeho na we wakoraho ukayandura.”

    Aba bose barasaba ubuyobozi kubakemurira iki kibazo bakabubakira ubwiherero rusange kuko kubaho gutya biteje inkeke.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ndayambaje Godfroid, yavuze ko iki kibazo cyizwi kandi ko kizakemuka bitarenze muri Nzeri 2021.

    Yagize ati “Icyo kibazo natwe twari twakiganiriyeho n’umurenge kugira ngo haboneke igishobora gufasha abaturage batabanje kujya ahandi. Tukumva ko ari igikorwa kiri bukorwe byihuse ku buryo muri uku kwezi tugiye gutangira kwarangira byose byarangiye.”

    Isuku y’ubwiherero ni ingenzi cyane mu buzima bwa muntu, akenshi iyo bitubahirijwe bishobora kuba intandaro y’indwara zandura n’izindi zikomoka ku mwanda.

    Ahategerwa imodoka mu mujyi wa Ngororero

    source : https://ift.tt/2WHM9FZ

  • Nyamirambo: Amayobera ku mwana waryamye ari muzima, bugacya yapfuye – #rwanda #RwOT

    Byamenyekanye ahagana saa Kumi z’urukerera rwo ku wa Mbere tariki ya 30 Kanama 2021. Inzego z’umutekano zahise zigera muri uru rugo zitangira iperereza.

    Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uyu mwana mu ijoro ryo ku Cyumweru yaraye ari muzima ariko mu rukerera rwo ku wa Mbere, nyina akangutse asanga yapfuye yanavuye amaraso mu mazuru. Uyu mwana kandi ngo nta bundi burwayi yari asanganywe,

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo, Uwera Claudine, yabwiye IGIHE ko umurambo w’uyu mwana wajyanywe kwa muganga kugira ngo hamenyekane icyamwishe.

    Ati “Umubyeyi yasanze umwana amaraso yanyuze mu mazuru nta kindi kibazo umuryango wari ufite yaba umugore n’umugabo.”

    Yakomeje avuga ko ababyeyi b’uyu mwana babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, ananyomoza amakuru yavugaga ko nyina yari yanyweye ibiyobyabwenge, anashimangira ko inzego z’ubuyobozi zahageze zihita zijyana umurambo ku Bitaro bya Polisi bya Kacyiru kugira ngo hamenyekane icyamwishe.

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rugera muri uru rugo

    source : https://ift.tt/3DvOaWx

  • Babiri bagaragaye bakubita umuturage aziritse i Rutsiro batawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Kuva mu ntangiro z’iki cyumweru, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amashusho agaragaza umuturage waziritswe ku giti gikoze nk’umusaraba hari umuntu uri kumukubitisha umugozi.

    Ubwo uyu muturage yakubitwaga n’umuntu bigaragara ko ari umunyamahanga, mu gihe hari abandi bantu bari bahagaze barebera ibiri kuba ndetse bambaye n’imyenda yanditseho Ali Group Holdings Ltd.

    Amakuru IGIHE yaje kumenya ni uko ibi byabereye mu Kagari ka Mukura, Umurenge wa Kagano mu Karere ka Rutsiro.

    Abakubiswe bakoreraga iki kigo gikora ibijyanye no kubaka imihanda, ndetse mu majwi yumvikana mu mashusho ubwo umwe yakubitwaga, yavugaga ko yari aje gutwara umucanga wo kogesha umuvure.

    Hari andi majwi yumvikana [bisa nk’aho ari abakorana n’uyu warimo akubita umuturage] babwira uwo muturage uri gukubitwa ngo asabe imbabazi.

    Ubwo aya mashusho yahererekanywaga ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Mbere tariki 30 Kanama 2021, abantu batandukanye bagaragaje ko bibabaje cyane ndetse ababikoze bakwiye gukurikiranwa.

    Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Col Ruhunga Jeannot yahise atangaza ko aba bantu bagaragaye bakubita umuturabe bafashwe ndetse barimo no gukurikiranwa.

    Binyuze kuri Twitter, Polisi yavuze ko “Abantu babiri harimo n’ugaragara muri aya mashusho bakekwaho gukubita Niyomukiza Azalias na Ngendahimana Gratien bafashwe.”

    Yakomeje igira ati “Bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhango mu Karere ka Rutsiro, mu gihe inzego zibishinzwe zigikomeje iperereza.”

    Amakuru avuga ko aba baturage babiri Niyomukiza Azalias na Ngendahimana Gratien barwariye mu bitaro mu gihe abakekwaho uruhare mu ikubitwa ryabo bari gukurikiranwa n’inzego zibishinzwe.

    Aba baturage bakubiswe baziritse ku giti bashinjwa kwiba umucanga. Polisi yatangaje ko ababakubise batawe muri yombi

    source : https://ift.tt/3DzO9k5

  • Abashoferi 33 bafashwe batwaye ibinyabiziga basinze – #rwanda #RwOT

    Ku wa Mbere tarki ya 30 Kanama 2021 nibwo aba bashoferi bose uko ari 33 beretswe itangazamakuru

    Aba bashoferi batawe muri yombi bemereye itangazamakuru ko bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye inzoga banabisabira imbabazi

    Umushoferi witwa Nsengiyumva Mutangana Paul yagize ati “ Nibyo nafatiwe Kicukiro ntwaye imodoka ahagana saa Mbiri n’igice, saa Tatu mvamo barampima basanga nanyweye inzoga ariko sinabaruhije nk’uko hari abajya bavuga ko batazinyweye ari nayo mpamvu ndi hano.”

    Yaboneyeho gusaba imbabazi no kugira inama abandi bashoferi, yo kwirinda gutwara ibinyabiziga banyweye agasembuye.

    Shyirakera Michel, na we uri mu bafashwe yemeye ko yafashwe yanyoye inzoga, ariko akavuga ko yari yazinyoye kare.

    Ati “Natashye saa kumi n’igice njya mu rugo noneho ngiye kurya nibwo nanyoye icupa rimwe, kuko nari gusubira ku kazi nijoro naje kujyayo polisi irampagarika irampima isanga nanyoye.”

    Umuvugizi wungirije wa Polisi y’u Rwanda, CSP Africa Sendahangarwa Apollo yasabye abashoferi kwirinda gutwara ibinyabiziga banyoye kuko bishobora guteza impanuka.

    Ati “ Turakomeza gukangurira abantu gutwara ibinyabiziga batanyoye ibisindisha kuko bitemewe kubera ko ari bibi bishobora gutera impanuka cyane ko mwanabonye ko hari n’abafashwe bakoze impanuka, babapima bagasanga banyoye inzoga.”

    Buri mushoferi wese wafashwe yanyoye inzoga acibwa amande y’ibihumbi 150 by’Amafaranga y’u Rwanda.

    Aba bashoferi uko ari 33 baciwe amande

    Shyirakera Michel yavuze ko koko yafashwe yanyoye inzoga, abisabira imbabazi

    source : https://ift.tt/38uIRIo

  • Gisozi: Fuso yaguye hejuru y’inzu eshatu, ihitana babiri – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa Munani z’ijoro kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Kanama 2021, nibwo iyi Fuso yarenze umuhanda igwa ku nzu ziri munsi yawo. Inzu zangiritse harimo iyacururizwagamo inyama, iduka ndetse n’inzu yari ituwemo n’umuryango w’abantu batatu.

    Iyi modoka yari ipakiye ibiti byinshi ikimara kugwa hejuru y’izi nyubako, umubyeyi witwa Mukeshimana Yvonne yahise apfa, abana be babiri barakomereka mu buryo bukomeye mu gihe umuzamu we yapfuye akimara kugezwa ku Bitaro bya Polisi bya Kacyiru.

    Kigingi w’iyi Fuso witwa Fèlix Sibomana wanarokotse iyi mpanuka, yabwiye IGIHE ko yabaye ahagana saa munani n’igice z’ijoro.

    Ati “Twageze hejuru ruguru y’Umurenge, tugiye gukata umwuka urashira shoferi abura feri, noneho turamanuka tugeze aha akase biranga arakomeza agonga ino nzu. Njye bahise banjyana kwa muganga ariko umugore we yahise apfa.”

    Mukuru w’uyu mubyeyi wishwe n’iyi mpanuka, Mukarutesi Colette, yabwiye IGIHE ko bifuza ko mu ikorosi ryabereyemo iyi mpanuka hashyirwa dos-d’âne n’ibyuma kugira ngo bijye bitangira imodoka zacitse feri.

    Mu gitondo ubwo IGIHE yari irimo itara iyi nkuru, abaturage batandukanye bo muri aka gace bari barimo gushakisha ibyangombwa by’abapfiriye n’abakomerekeye muri iyi mpanuka, kugira ngo bimenyeshwe imiryango yabo.

    Abaturage bazindutse bakora isuku ahabereye iyi mpanuka banashakisha ibyangombwa by’abapfuye n’abakomeretse kugira ngo bimenyeshwe imiryango yabo

    Ahabereye iyi mpanuka ni ku muhanda ugana Beretwari uvuye ULK

    Ahari inzu hahindutse itongo

    Iyi mpanuka yaguyemo abantu babiri mu gihe abandi nabo bakomeretse

    Fèlix Sibomana wari kigingi w’iyi modoka, yavuze ko impanuka yatewe no kubura feri

    source : https://ift.tt/3t5xcJr

  • MINISANTE yanyomoje ibya ruswa ivugwa mu guha abaganga bashya imyanya mu bitaro – #rwanda #RwOT

    Ku itariki 27 Kanama hasohotse amashusho arimo ibaruwa yanditswe n’umuganga utarashatse ko amazina ye atangazwa, ashinja Minisante n’ibitaro kwaka ruswa abaganga [docteur généralistes] barangije kaminuza kugira ngo boherezwe mu bitaro byiza cyangwa bagumishwe mu bitaro bakoragamo imenyerezamwuga (stage).

    Uwanditse iyi baruwa avuga ko ruswa bakwa ishobora kugera no kuri milioni ebyiri bakayakwa n’abakozi ba Minisante n’ab’ibitaro nyuma yo kurangiza amezi atandatu ya ‘stage’, kugira ngo bahabwe akazi mu bitaro bitanga agahimbazamusyi keza n’amahirwe menshi kurusha ahandi.

    Uyu muganga w’umugore ufite abana barimo n’uw’umwaka wakoreraga stage mu bitaro byegereye umuryango we, avuga ko ubwo yarangizaga stage yashatse kuguma mu bitaro yakoreragamo kuko byamufashaga kwita ku mwana we, maze bagenzi be bakamubwira ko nadatanga miliyoni atazahaguma cyangwa ngo atange miliyoni ebyiri kugira ngo ashyirwe mu bitaro byiza.

    Muri iyi baruwa ntaho avuga ko yatswe ruswa n’aba bakozi ba Minisante cyangwa ab’ibitaro, ariko kuko nyuma yoherejwe mu bitaro byo mu Ntara y’amajyepfo kandi yari yijejwe kugumishwa mu byo yakoreragamo, byatumye yemeza ko koko iyo ruswa ihari.

    Minisante yasohoye itangazo ryamaganira kure iby’aya makuru, ivuga ko ari amahimbano kuko ntaho mu Rwanda batanga stage y’amezi atandatu ku banyeshuri bimenyereza umwuga wo kuvura, ahubwo ko bakora stage y’amezi 12 nyuma bakoherezwa mu bitaro bitandukanye mu gihugu.

    Ryakomeje riti “Ku itariki 29 Nyakanga 2021, Minisiteri y’Ubuzima yashyize mu myanya abaganga barangije imenyerezamwuga 337 n’abinjiye mu imenyerezamwuga 141. Byakozwe bose batumiwe, babigiramo uruhare rutaziguye, byose babireba kandi n’inzego zitandukanye za Minisiteri y’Ubuzima zibikurikira.”

    “Hashingiwe ku myanya iri mu bitaro, aba baganga bihitiragamo ibitaro bifuza gukoreramo hashingiwe ku myanya yari yagaragajwe. Kugira ngo hirindwe ikintu icyo ari cyo cyose cyatuma habaho kubogama mu gushyira aba baganga mu myanya […] Uwabaga afite amanota menshi yahitagamo mbere gutyo gutyo, bigakomeza kugeza abaganga bose bamaze gutoranya ibitaro bajyamo.”

    Iri tangazo rivuga ko aba baganga baba bemerewe kugurana hagati yabo, aho ababishaka babyandika, bikemezwa n’ubahagarariye, ubundi bigakorwa.

    Abaganga barangije imenyerezamwuga boherezwa gukorera mu bitaro bihitiyemo bitewe n’aho imyanya iri, kandi hakagenderwa ku manota babonye bakiri mu ishuri hagenwa abahitamo mbere y’abandi. Nta ruswa iri mu kohereza abaganga aho bakorera. pic.twitter.com/FTyo9KGfB8

    — Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) August 29, 2021

    Icyo Minisante ishingiraho ivuga ko ibyatangajwe ari ikinyoma, ngo ni uko umunyamukuru atigeze ayibaza ngo yumve uruhande rwayo ndetse ntanagaragaze ikimenyetso na kimwe.

    Iyi minisiteri yatangaje ko bishoboka ko uwanditse ibaruwa atari umuganga kuko byinshi mu byo avuga bihabanye n’ukuri.

    Minisante yatangaje ko abaganga bahabwa imyanya mu bitaro, hakurikijwe amanota yabo n’aho bashaka gukorera

    source : https://ift.tt/2WIdZSn

  • Babiri bafashwe barahimbye za EBM bakoresheje banyereza imisoro ya miliyoni 48.9 Frw – #rwanda #RwOT

    Ni ukuvuga ko yagiye ahimba ibigo [kompanyi], akabihereza abantu bakajya bazikoreraho ariko batishyura imisoro. Yafashwe amaze gushinga ibigo bitatu byose hamwe byari bimaze kunyereza imisoro ingana na miliyoni 48.9Frw.

    Uyu mugabo yavuze ko yifashishaga Internet agafungura ibigo by’ubucuruzi bigafunguka biri kumwe na EBM zabyo ariko agakoresha numero z’indangamuntu zitari iz’abo yahaye ibyo bigo.

    Ati “Ntabwo byari ibigo by’ubucuruzi byemewe, ahubwo zari EBM zidafite aho zanditse, ibyo bigo ntabwo byinjizaga imisoro ahubwo byifashashaga za EBM mu kugaragaza ko byishyuye imisoro kandi atariko bimeze.”

    Yakomeje agira ati “Mu gufatwa nari ngiye gufungura EBM y’iki gihembwe, tukimara gufungura EBM nibwo bahise bamfata. Nahembwaga ibihumbi 100Frw cyangwa 150Frw. Uyu munsi ndimo kwicuza kandi ndasaba imbabazi nanasezeranya abanyarwanda ko ngiye kuba intangarugero aho nzabona bakora ibikorwa nk’ibi hose ngatanga amakuru.”

    Umucuruzi wafunguriwe ibi bigo akajya abyifashishaga mu kunyereza imisoro yemeye ko yakoranye n’uyu mugabo, ariko akaba atari azi amayeri akomeye akoresha kuko yari yabanje kumubwira ko byemewe ndetse we ngo nta ruhare yigeze agira mu kumuha akazi ko kumukorera EBM.

    Uyu mugabo ukorera ubucuruzi bw’ibikoresho by’ubwabatsi n’ibindi mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko yicuza kuba yarashutswe agakora ibyaha atari abizi.

    Ati “Ndasaba abacuruzi bagenzi banjye bagenzura bagacunga abantu baza babashuka kugira ngo batazagwa muri uyu mutego kuko uriya ni umutego umuntu aza akubeshya ku buryo utamenya uko we yabiteguye.”

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yasabye abatanga imisoro kwirinda gukorana n’abantu baza babashuka nta burenganzira cyangwa ibyangombwa bibemerera gutanga izo serivisi.

    Ati “Hari amategeko n’uburyo bwashyizweho bwo gusora ndetse hari n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro, abadasobanukiwe bakwiye kwegera icyo kigo kikabasobanurira ariko uzarenga ku mategeko polisi ikabimenya izabafasha.”

    Yakomeje agira ati “Abantu basora, nibakurikize amategeko, nta muntu n’umwe ufite uburenganzira bwo kubakuriraho imisoro, keretse ikigo kibishinzwe. Naho umuntu kuza akakubeshya […] rwose umenye ko ashobora kuguteza ibibazo ukaba wabizira.”

    CP Kabera yibukije abafungura ibigo bikora ubucuruzi cyangwa indi mirimo kwirinda kunyura iy’ubusamo bagamije kunyuranya n’amategeko kuko bigira ingaruka kuri bo n’igihugu muri rusange.

    Yakomeje agira ati “Nibafungure za kompanyi zo kwiteza imbere, ikindi abantu bareke kwijandika mu byaha kuko uko bazabikora kose bizamenyekana, nk’uriya ashobora kuba yarafunguye kompanyi ya mbere, byagaragara ko batangiye kumukeka agafungura iya kabiri ariko byarangiye tumufashe.”

    Itegeko rigena uburyo bw’isoresha, riteganya ko umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarengeje imyaka itanu.

    Aba bagabo bafashwe bamaze kunyereza miliyoni zisaga 48 Frw

    source : https://ift.tt/3DBVoZ5