Tag: featured

  • Ngororero: Umugabo wari wagerageje kwiyahura no kwica umugore yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kwizera yitabye Imana nyuma y’iminsi ibiri ari mu bitaro aho yakurikiranwaga n’abaganga kubera igikomere yiteye agerageza kwikata ijosi akagira igikomere ariko hakaba andi makuru avuga ko yaba yaranagerageje kunywa umuti wica udukoko, nyuma y’uko icyuma yiteye kitamwishe.

    Kwizera yashatse kwica umugore witwa Tuyishime mu ijoro ryo ku wa 30 rishyira 31 Kanama 2021, amukase ijosi akoresheje icyuma ari nabwo nawe yahise yitera icyuma ariko bombi ntibahise bapfa kuko inzego z’umutekano zimaze gutabara boherejwe kwa muganga.

    Kwizera ngo yakomeje kuremba kugeza ubwo ananirwa guhumeka neza ngo bamushyira ku cyuma gitanga umwuka ariko ubuzima bwe buza gukomeza kumera nabi kugeza apfuye.

    Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngororero, Mugisha Daniel, yabwiye Kigali Today ko kugeza ubu hataramenyekana niba yishwe n’igikomere yiteye cyangwa imiti bivugwa ko yaba yaranyoye, kuko ayo makuru afitwe n’abaganga.

    Mu gihe umugore wari wasuye Kwizera agashaka kumwica we akiri mu bitaro, ngo nta makuru yari yamenyekana y’icyo bapfuye kuko bivugwa ko bari basanzwe ari inshuti.

    Hari andi makuru avuga ko Tuyishime yasuye Kwizera hakiri kare nko mu masaha ya saa tatu z’ijoro, ariko amakuru y’uko yashatse kumwica amenyekana mu ma saa sita z’ijoro kandi abaturanyi be bakavuga ko nta muntu bigeze bumva ataka ku buryo bitari koroha kubatabara ku gihe.

    source : https://ift.tt/3yGeXvs

  • Life International Christian Academy yasohoye abanyeshuri bayo ba mbere – #rwanda #RwOT

    Umuhango wo gusoza amasomo kuri aba banyeshuri wabaye ku wa 29 Kanama 2021.

    LICA yatangiye mu 2014, icyo gihe iri shuri ryatangaga amasomo kuva mu mashuri y’incuke kugeza mu yisumbuye, muri iyi porogaramu ya ACE ikubiyemo no kwigisha indangagaciro zishingiye kuri Bibiliya.

    Umwe mu bashinze LICA, Birungi Ram Abooki, yavuze ko bashimishijwe cyane ko kuba abanyeshuri ba mbere barangije kwiga muri iri shuri.

    Yagize ati “Dutewe ishema cyane no kuba icyiciro cya mbere cy’abanyeshuri bacu barangije amasomo yabo, kandi twiteguye gukomeza gutanga ubumenyi ku bandi benshi tunabaremera inzira izabageza ku ntsinzi.”

    “Uyu munsi abanyeshuri bahawe impamyabumenyi zabo z’amashuri yisumbuye ndetse n’ibyangombwa byerekana amanota babonye [Transcript] zabo, bazahita bajya muri Kaminuza. Turatumira n’abandi banyeshuri bashaka ubumenyi bwisumbuye buzabafasha kuba bamwe bayoboye ku rwego rw’Isi kutugana.”

    Porogaramu ya ACE ni integanyanyigisho yo muri Leta Zunze Ubumwe itangwa mu mashuri ya Gikirisitu, yubakitse ku buryo umunyeshuri agira ubumenyi bukenewe ku rwego rwe, ndetse akagenda azamuka bigendanye n’ubumenyi runaka amaze kugira.

    Ishuri rya LICA ni rimwe mu mashuri atandatu mu Rwanda atanga amasomo muri iyi Porogaramu, aho umunyeshuri yigishwa indangagaciro zishingiye kuri Bibiliya zikomatanyije n’ubumenyi busanzwe buri ku rwego rwo hejuru ndetse n’imyifatire myiza.

    Umunyeshuri uharangije aba afite ubumenyi butangwa muri Porogaramu ya ACE bimufasha kubona impamyabumenyi Mpuzamahanga ya ICCE (The International Certificate of Christian Education) ndetse n’iya LCA (Light House Christian Academy).

    Iri shuri ryashinzwe na Birungi Ronald, umugore we Birungi Ram n’abana babo bane bageze mu Rwanda mu 2014. iherereye ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo.

    Life International Christian Academy yasohoye abanyeshuri bayo ba mbere

    Wari umunsi w’ibyishimo mu birori byo gusoza amasomo

    Byabaye hubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19 harimo guhana intera

    source : https://ift.tt/3gTXlq0

  • Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yitezwemo ingamba nshya zo kurwanya Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ni byo byatangaje ko iyi nama iza kwiga ku ngamba zo kurwanya iki cyorezo. Ni mu gihe ubwandu mu gihugu bwo bukigaragara mu turere twose tw’igihugu cyane mu Mujyi wa Kigali.

    Mu minsi irindwi ishize, abantu 3.500 ni bo bagaragaye banduye Covid-19 bigaragaza uburyo iki cyorezo kikiri kwiyongera ku gipimo cyo hejuru.

    Abapfuye nabo bakomeje kwiyongera mu minsi irindwi ishize kuko habonetse impfu 51. Cyakora ibikorwa byo gukingira nabyo byashyizwemo imbaraga nyinshi kuko ubu hari gukingirwa abantu bose barengeje imyaka 18.

    Mu gihugu hamaze gukingirwa abantu miliyoni 1,5 bahawe dose ya mbere mu gihe abakingiwe byuzuye barenga ibihumbi 660.

    Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, ni we wayoboye iyi nama yabereye muri Village Urugwiro

    Hitezwe ingamba nshya zijyanye no kurwanya Covid-19

    Iyi nama yabaye nyuma y’uko abagize Guverinoma bari bamaze ukwezi mu kiruhuko

    Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, aganira n’abandi baminisitiri bari bayitabiriye

    source : https://ift.tt/3jCVO9s

  • Burera: Abasaga 7,000 bagiye guhabwa igishoro kizabafasha kwigobotora ubukene #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abasaga 7,000 mu gihe cya vuba bazaba babonye igishoro cyo kubafasha gushyira mu bikorwa imishinga iciriritse izabakura mu bukene
    Abasaga 7,000 mu gihe cya vuba bazaba babonye igishoro cyo kubafasha gushyira mu bikorwa imishinga iciriritse izabakura mu bukene

    Abagera ku 7,000 ni bo bazafashwa mu mushinga witwa ‘Give Directly’, aho buri muturage muri abo batoranyijwe azagenerwa na Leta amafaranga ibihumbi 150 y’u Rwanda, yo gushyira mu bikorwa umushinga uciriritse.

    Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal, avuga ko bamaze iminsi bafatanya n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ku rwego rwo hasi mu Midugudu n’Imirenge, kunoza imishinga y’abazahabwa ayo mafaranga.

    Yagize ati “Amafaranga ibihumbi 150 ku muntu utekereza neza kandi ushaka gutera imbere, yakoramo imishinga mito mito iciriritse kandi akayizamukiraho agatera imbere. Ubu turimo turafatanya n’abatekinisiye bakorera ku rwego rw’Utugari n’Imirenge, mu kunganira abagenerwabikorwa b’iyi gahunda, turebera hamwe imishinga bazakora, ariko kandi iberanye n’aho batuye, kugira ngo bizabafashe kubona inyungu mu buryo bwihuse, biteze imbere”.

    Abazafashwa kubona igishoro biganjemo urubyiruko by’umwihariko rwiyemeje guhinduka, rukareka imyitwarire yo kwishora mu biyobyabwenge n’uburembetsi. Aha ni ho Umuyobozi w’Akarere ka Burera ahera asaba n’urundi rubyiruko rukiri muri ibyo bikorwa, kubitera umugongo, bakitabira ibikorwa bituma bagira uruhare mu iterambere ryabo n’iry’igihugu.

    Yagize ati “Ibyo biyobyabwenge na magendu nta nyungu na nke ibibamo kuko nta na rimwe uzasanga umuntu ubyishoramo abasha kwigurira nk’urukweto, umwenda cyangwa ngo yiyishyurire mituweri, kuko igihe cyose aba ari imfabusa. Ni yo mpamvu dusaba abakibirimo kubireka, bakayoboka izindi gahunda zitanga amahirwe y’imirimo ku byiciro bitandukanye, bityo bazabone uko biteza imbere”.

    Akarere ka Burera ntikatangaje igihe ntarengwa kihaye, cyo kuba abagomba gufashwa mu mushinga Give Directly, bazaba bamaze gushyikirizwa amafaranga abagenewe. Gusa gatanga icyizere ko ari mu gihe cya vuba cyane, kuko ibisabwa byose mu kunoza imigendekere myiza y’uwo mushinga byamaze gukorwa.

    Imwe mu mishinga abaturage bateguye, harimo ijyanye n’ubucuruzi, ubuhinzi n’ubworozi, ubukorikori n’irebana no gucuruza serivisi.

    Ni gahunda igiye kwiyongera ku zindi zinyuranye zimaze igihe zishyirwa mu bikorwa muri aka Karere, harimo n’imirimo mishya yahanzwe, igaha akazi umubare munini w’abaturage, by’umwihariko bo mu Mirenge ikora ku mipaka ihuza u Rwanda na Uganda.


    source : https://ift.tt/3t0SsQM

  • Ngororero: Umugabo yagerageje kwica umugore ntiyabigeraho na we yiyahuye ntiyapfa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amakuru yemejwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero avuga ko ibyo byabaye mu ijoro ryo ku wa 30 rishyira iya 31 Kanama 2021, ubwo uwo mugore witwa Tuyishime Hosiana ngo yaba yarasuye umugabo witwa Poncien, maze muri iryo joro afata icyuma akeba igikanu cy’umugore aramukomeretsa bikomeye.

    Nyuma y’icyo gikorwa mu ma saa sita z’ijoro, ngo umugore ni we wabashije guhamagara inzego z’umutekano n’ubwo yari ameze nabi ziratabara zimujyana kwa muganga, ubu akaba arwariye mu bitaro bya CHUK i Kigali mu gihe umugabo we arwariye ku bitaro bya Muhororo.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ndayambaje Godefroid, avuga ko inzego z’ubugenzacyaha zatangiye iperereza ngo zishakishe icyaba cyateye uwo mugabo gushaka kwivugana umugore bivugwa ko bari basanganwe ubucuti.

    Kuba uwo mugore atahise ashiramo umwuka ngo ni ukubera ko uwari ugiye kumwica yamuretse akeka ko yanogonotse, aho byabareye hakaba hasanzwe icyuma kiriho amaraso bikekwa ko ari cyo yamukatishije, n’icupa ry’umuti wa kiyoda bikekwa ko umugabo yaba yagerageje no kuwunywa nyuma y’uko icyuma kitamuhwanyije.

    Hari hashize icyumweru mu Murenge wa Kavumu umugabo witwa Ndahayo Jean Claude yishe umugore we, Bavugamenshi Venancie babanaga mu buryo butemewe n’amategeko bakaba ngo bari basazwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo, dore ko ngo yari afite n’undi mugore.

    Uyu Pontien washatse kwica Tuyishime wo mu Murenge wa Ngororero na we akaba yari aherutse gutandukana n’umugore bari barashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko.

    Ubuyobozi bw’akarere buvuga ko abashakanye bakwiye kwirinda amakimbirane kuko usibye kubatwara ubuzima atuma abana mu muryango bakurana uburere bubi kuko baba badahabwa ubukwiye.

    source : https://ift.tt/3t32IrH

  • Iburengerazuba: Babiri bafatanwe magendu amabalo 12 y’imyenda ya caguwa – #rwanda #RwOT

    Umwe yafatanwe amabalo 7 y’imyenda ya caguwa afatirwa mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Mahembe, Akagari ka Kagarama naho undi yafatanwe amabalo 5 afatirwa mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyamyumba, Akagari ka Kiraga.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko gufatwa kw’abo bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage. Yavuze ko iriya mwenda bose bayikura mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bakayinjiza mu Rwanda mu buryo bwa magendu.

    Ati “Bariya bombi twasanze uburyo bakoresha ari bumwe, iriya myenda bayitumiza muri Congo ikazanwa mu mato banyuze mu kiyaga cya Kivu. Iyo bamaze kuyambutsa ikivu haba hari abamotari bahita bayijyana mu bubiko buba bwateguwe (Stock). Uriya wa Nyamasheke imyenda yasanzwe mu bubiko bwe naho undi wa Rubavu imyenda bayisanze mu nzu abamo ariko ngo yari ayibikiye uwitwa Vestine ngo niwe nyirayo.”

    Umwe mu bafashwe ko yavuze ko yahamagawe kuri telefoni n’uwitwa Vestine amusaba kumubikira imyenda ya caguwa azanirwa n’abamotari nyuma ngo akaza kumuhemba amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10 aje kuyifata.

    Aba bafashwe nyuma y’aho tariki ya 28 z’uku kwezi abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda bashinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU) bafashe amabalo 18 y’imyenda ya caguwa n’inkweto imiguru 30 byinjizwaga mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Ibyo bicuruzwa byafatiwe mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Gihundwe, Akagari ka Kamatita, mu midugudu ya Ngoma na Muhari. Byose byafashwe bivuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo binyujijwe mu kiyaga cya Kivu.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’iburengerazuba yaboneho kwibutsa abamotari kwirinda kwijandika mu bikorwa bishora mu byaha harimo nka biriya byo gutunda magendo ndetse n’ibiyobyabwenge.

    Ati “Akenshi usanga abamotari aribo bahabwa akazi ko kwikorera iriya myenda kuko babitwara ari nijoro kandi bagomba no kunyura mu tuyira tutazwi. Turongera kugira inama abamotari kujya bakorera amafaranga meza atariho icyaha kuko bamenye ko amategeko ateganya ko ikinyabiziga gifatiwe muri buriya bucuruzi bwa magendu gitezwa cyamunara. Ubu butumwa burareba n’abatwara imodoka.”

    CIP Karekezi yakomeje akangurira abantu gukora ubucuruzi bwemewe bakareka magendu, yavuze ko niba bashaka gucuruza imyenda ya caguwa bagomba kunyura mu nzira zemewe bakabanza bakayisorera. Yavuze ko Polisi y’u Rwanda iri maso mu kurwanya abanyereza imisoro n’abakora ubundi bucuruzi butemewe.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza.

    Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara. Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

    Itegeko N° 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha ingingo ya 87 ivuga ko Umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze kimwe mu bikorwa bikurikira: gukoresha inyandiko mpimbano mu ibaruramari rye; kwigana no gukoresha inyandiko cyangwa ibikoresho byo mu buyobozi bw’imisoro byifashishwa mu gusoresha;guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; gukora imenyekanisha rigaragaza ko umusoreshwa atacuruje; guhindura izina ry’ubucuruzi bikozwe n’ukurikiranweho umusoro; kwandika ubucuruzi ku wundi muntu mu buriganya; guhisha Ubuyobozi bw’Imisoro ibitabo by’ibaruramari cyangwa kubyangiza; gukoresha ibitabo by’ibaruramari by’ibihimbano; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).


    source : https://ift.tt/3gR8uYy

  • RDB yeretse abikorera bo muri Huye amahirwe ari mu kwandikisha imishinga yabo – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Kanama 2021 aho abenshi mu bikorera babyitabiriye bagaragaje ko batandikishije imishinga yabo y’iterambere kuko batari basobanukiwe inyungu irimo.

    Ukuriye Ishami rishinzwe ishoramari muri RDB, Philippe Lucky, yavuze ko bagiranye ibiganiro n’abashoramari mu Karere ka Huye kugira ngo bihutishe imishinga yabo y’iterambere.

    Ati “Muzi ko Leta yashyizeho gahunda igamije gufasha abashoramari bafite ibikorwa byibasiwe n’iki cyorezo cya Covid-19 kugira ngo babe bafashwa gusonerwa imisoro ibikorwa byabo bikomeze bitere imbere.”

    Yabibukije ko abakora imishinga irimo inganda, guteza imbere ibikomoka ku buhinzi, ubwubatsi n’indi itandukanye bafite amahirwe menshi yo kubona inyungu ziri muri iyo gahunda ya Leta.

    By’umwihariko yasabye abikorera kwandikisha imishinga yabo y’ishoramari kuko harimo inyungu y’uko RDB izabafasha kuyikurikirana kugira ngo nibahura n’imbogamizi bafashwe.

    Ikindi ni ugusonerwa cyangwa kugabanyirizwa imisoro kuko utandikishije umushinga we muri RDB ayo mahirwe atamugeraho kandi nta buvugizi ashobora gukorerwa kuko aba ameze nk’utazwi.

    Ati “Iyo utandikishije umushinga muri RDB One Stop Center ntabwo ushobora gusonerwa imisoro kuko iyo ugiye kubimenyekanisha mu kigo cy’imisoro n’amahoro bagusaba urupapuro rwa RDB. Ikindi ni ubuvugizi kuko niwandikisha umushinga wawe ugashaka kuwagura ngo ube munini tuzaguha ubufasha tuguhuze n’abandi bashoramari bafite ubumenyi n’ubushobozi bwo gushyiramo amafaranga.”

    Bamwe mu bikorera bitabiriye ibyo biganiro bavuze ko bishimiye ko RDB yabegereye ibagira inama, bityo bagiye gukora imishinga minini y’iterambere kandi bakibuka no kuyandikisha.

    Mukabutera Godeleve ati “Kubera ko nifuzaga gushora imari mu kubaka inzu z’ubucuruzi, baduhaye amakuru y’ibanze kandi batwigishije batugira inama zo gutangira, ariko kandi baduhaye na nimero za telefone tuzakomezanya tujye tubabaza igihe hari ikitugoye cyangwa hari ikibazo tugize.”

    Umuyobozi w’Urugaga rw’Aabikorera mu Karere ka Huye, Kayitasire Egide, yavuze ko ibisobanuro bahawe bigiye gutuma abikorera babona inyungu, ibikorwa byabo bitere imbere.

    Ati “Kumva ko hari ayo mahirwe ahari bashobora gukurirwaho imisoro ni inyungu ku bikorera, bituma bumva ko bagomba gushirika ubwoba bakumva ko amafaranga bafite bashobora kuyashoramo imari Leta ikabunganira ikabakuriraho imisoro bagakora ishoramari riteza imbere igihugu.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yasabye abikorera kuzamura ishoramari kuko bamaze gusobanukirwa amahirwe ahari.

    Ati “Ubwo bamaze kumva amahirwe ahari hari abashobora kuzamura ishoramari bari bagiye gukora, ikindi numva twabasaba ni ukwandikisha imishinga y’ishoramari kuko twamaze kubona ko abenshi batari bafite ayo makuru aho umuntu yagendaga akandikisha ubucuruzi bwe akumva birahagije ariko twumvise ko abantu bandikishije imishinga yabo ari bo babona ayo mahirwe.”

    Bibukijwe ko mu Karere ka Huye hari imishinga itandukanye yo gushoramo imari irimo nko kubaka inganda z’ikawa, ubwubatsi, ubukerarugendo n’iyindi.

    Abikorera bashishikarijwe kwandikisha imishinga yabo y’ishoramari kugira ngo badacikwa n’amahirwe Leta yabashyiriyeho

    Abitabiriye inama bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo no kubaza ibibazo

    Bamwe mu bikorera bitabiriye ibyo biganiro bavuze ko bishimiye ko RDB yabegereye ibagira inama, bityo bagiye gukora imishinga minini y’iterambere kandi bakibuka no kuyandikisha

    [email protected].rw


    source : https://ift.tt/3gNg9Y0

  • Gicumbi: Umugore arakekwaho gukeba igitsina cy’umwana yareraga – #rwanda #RwOT

    Icyo cyaha yagikoze tariki 03 Kanama 2021 ubwo yabyukaga mu gitondo agasanga umwana yanyaye ku buriri, agafata umwanzuro wo kumukeba igitsina agira ngo najya ajya kunyara ajye ababara bimutere ubwoba ntazongere kubikora.

    Iyo nkuru yaje kumenyekana biturutse ku wundi mwana babana wabwiye abaturanyi ko umwana w’iwabo afite igisebe ku gitsina kubera ko nyirakuru yamukebye igitsina yanyaye ku buriri.

    Abaturanyi bahise bajya kureba ikibazo umwana afite, basanga yaramukomerekeje bikomeye bahita bahamagara inzego z’umutekano atabwa muri yombi , umwana ajyanwa kwa muganga.

    Uyu mugore mu bisobanuro atanga ahakana icyaha aregwa; icyakora akemera ko umwana afite igisebe ku gitsina kuko yishwe n’igikenyeri.

    Icyo cyaha nikimuhama azahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu hashingiwe ku ngingo ya 114 y’Itegeko numero Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


    source : https://ift.tt/3BvG0eN

  • Cecile Kayirebwa yanditse igitabo agitura abakunze indirimbo ze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Cecile Kayirebwa, ni umwe mu bahanzikazi bafatwa nk’icyitegererezo mu Rwanda, haba mu ijwi ndetse n’ubuhanga mu gutondekanya amagambo y’ikinyarwanda cy’umwimerere mu ndirimbo ze.

    Kayirebwa, kuri ubu ufite imyaka 75 y’amavuko, yatangiye kuririmba kuva mu bwana bwe, ariko yatangiye kubigira umwuga amaze kugera mu Bubiligi mu myaka ya 1973.

    Uretse kuririmba, akigera mu Bubiligi, yanatangije itorero “Inyange”, aho yigishaga urubyiruko, baba abazungu n’Abanyarwanda, iby’ingenzi mu muco nyarwanda, harimo kubyina no guhamiriza.

    Kugeza ubu, Cecile Kayirebwa arakunzwe cyane, kuko benshi bakunda ku mutumira mu misango y’ubukwe n’ibitaramo, kugira ngo bongere baryoherwe n’ubwiza bw’ijwi rye, mu ndirimbo nyinshi bakunze. Zimwe mu ndirimbo ze abantu bakunze cyane, harimo Tarihinda, Cyusa, Umulisa, Inkindi, Kayitesi, n’izindi.

    source : https://ift.tt/3gSogT8