Tag: featured

  • Abarimu ba TVET bahuguwe ku ikoranabuhanga bizeye impinduka nziza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahuguwe bavuga ko hari ibyo bagiye kuvugurura mu mikorere isanzwe
    Abahuguwe bavuga ko hari ibyo bagiye kuvugurura mu mikorere isanzwe

    Babivuze nyuma y’amahugurwa y’iminsi 17 bamaze bahugurwa ku ikoranabuhanga mpuzamahanga ‘ICDL’ (International Computer Driving Licensing) mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’Imicungire y’Abakozi n’Umutungo (RMI) mu Karere ka Muhanga.

    Gahunda ya Leta y’icyerecyezo igeza muri 2027 iteganya ko nibura abakozi ba Leta basaga ibihumbi 80 bazaba barahawe amahugurwa mpuzamahanga ku ikoranabuhanga rya mudasobwa, ku buryo aho umukozi wese wa Leta aba afite ubushobozi bwo gukoresha porogaramu zitandukanye za mudasobwa mu rwego rwo gutanga serivisi nziza hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Bimwe mu bibazo byagaragaraga mu gukoresha neza ikoranabuhanga bikadindiza akazi cyangwa n’ibikoresho by’ikoranabuhanga mu kazi bigasaza nta musaruro bitanze, harimo porogaramu zijyanye no kwandika neza no kubika inyandiko muri mudasobwa, gukoresha umuyoboro wa interineti kuri mudasobwa hagamijwe kunoza imikoranire n’abandi.

    Hari kandi ibibazo byo gukoresha porogaramu zo gutegura ibiganiro hifashishijwe mudasobwa, gusukura mudasobwa no gucunga ko porogaramu zayo zikoreshwa neza n’igihe bisaba ko inyandiko zibikwa mu ibanga, hakiyongeraho ibijyanye no kubika amabanga kuri musazobwa no kuzirinda kwinjirwamo n’abantu uko babonye kose.

    Abahuguwe bavuga ko kubera ubumenyi n’ubushobozi bungutse bugiye kubafasha gukora akazi kabo neza no guhugura bagenzi babo nk’uko biteganyijwe.

    Imanishimwe Edison ushinzwe ikoranbuhanga mu kigo cy’amashuri cya (Groupe Scolaire Notre Dame De La Paix) mu Karere Nyamagabe, avuga ko bahawe amasomo avugurura ubumenyi bari basanganwe kuko hari zimwe muri porogaramu batari basobanukiwe neza gukoresha.

    Agira ati “N’ubwo twize ikoranabuhanga muri kaminuza, twungutse ubundi bumenyi bwinshi muri aya mahugurwa, twari dufite abarimu beza, twafashwe neza bituma twiga neza, dutwaye impamba izadufasha kongera umusaruro mubyo dukora”.

    Uwimana Josepha wigisha ikoranabuhanga kuri Nyamata TVET School iherereye mu Karere ka Bugesera, yagaragaje ko ibyo bungutse ari byinshi bizabafasha mu kazi kabo ka buri munsi kuko hari ibyo batakoraga neza bagiye gukosora kugirango umusaruro wiyongere.

    Agira ati, Hari ibyo tutanozaga neza kubera ubumenyi buke muri porogaramu zigezweho ugasanga umusaruro dutanga ubaye muke, ariko ubu tugiye kurushaho gukora neza kandi n’ibigo dukoramo byunguke ubumenyi muri mudasobwa”.

    Umuyobozi ushinzwe amahugurwa muri RMI, Vincent de Paul Nshimyumuremyi, yashimiye abayitabiriye kubera umuhate bagaragaje bakiga amasomo yose neza kuko bose batsinze ku kigero cya 100%.

    Umuyobozi wa RMI asaba abahawe amasomo kuyabyaza umusaruro nk
    Umuyobozi wa RMI asaba abahawe amasomo kuyabyaza umusaruro nk’uko biri mu ntego za Leta zo kubaha ubumenyi

    Yabasabye gukoresha neza ubumenyi bungutse haba mu kazi kabo ka buri munsi ndetse no guhugura bagenzi babo kuko ari yo mpamvu nyamukuru yo gutegura ayo mahugurwa.

    Nshimyumuremyi yashimye kandi Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB) rwateguye ayo mahugurwa.

    Ubuyobozi bwa RMI butangaza ko usibye guhugura abakozi ba Leta, abantu biyishyuriye na bo bemerewe guhabwa ayo mahugurwa, umuntu ku giti cye yishyuye ibihumbi 240frw, kugeza ubu abamaze kunyura muri RMI basaga 600 kuva 2018, intego ikaba ari uguhugura abakozi basaga ibihumbi 85.


    source : https://ift.tt/3kHDrzw

  • BK Group Plc yungutse miliyari 22.8 Frw mu gice cya mbere cya 2021 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    BK Group Plc yatangarije abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu ko inyungu yabonetse mu gice cya mbere cy’uyu mwaka nyuma yo gusora, iruta kure iyabonetse mu gice cya mbere cy’umwaka ushize wa 2020 ku rugero rwa 41.5%, kuko ubushize yanganaga na miliyari 16 z’Amafaranga y’u Rwanda.

    BK Group Plc ivuga ko ibikesha ibigo biyigize, cyane cyane Banki ya Kigali yabonye agera kuri miliyari 20 na miliyoni 900 yonyine, akaba yaraturutse ku kwishyura inguzanyo abantu baba barahawe, bongeyeho inyungu.

    Muri icyo gice cya mbere cy’uyu mwaka wa 2021, Banki ya Kigali yatanze amafaranga agera kuri miliyari 916 nk’inguzanyo ku bantu bifuzaga igishoro cyabazahura, nyuma y’igihombo cyatewe n’icyorezo cya Covid-19.

    BK Group ivuga ko na none yungutse amafaranga arenga miliyari 16.2 mu gice cya mbere cy’uyu mwaka wa 2021, akomoka ku bikorwa by’ubucuruzi buyishamikiyeho.

    Icyo kigo kandi cyari kigeze ku mutungo ubarirwa muri miliyari 1,405 na miliyoni 500 mu mpera z’igice cya mbere cy’uyu mwaka wa 2021, ukaba wariyongereyeho 20.5% ugereranyije n’umwaka ushize.

    BK igaragaza ko umutungo wayo n
    BK igaragaza ko umutungo wayo n’Abanyamigabane urushaho kugenda uzamuka

    Banki ya Kigali ivuga ko amashami yayo 68 hamwe n’abantu bakorana na yo (agents) 2,690 hirya no hino mu gihugu, batanze serivisi z’imari ku bantu bayigannye muri icyo gihe bagera ku bihumbi 356,900 ndetse n’amatsinda cyangwa ibigo 26,000.

    BK Group yakomeje igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri (Mata-Kamena) cy’umwaka wa 2021 cyonyine, yageze ku nyungu y’Amafaranga y’u Rwanda miliyari 11.6 nyuma yo gutanga ibisabwa byose birimo n’imisoro.

    Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc, Dr Diane Karusisi avuga ko uru rwunguko ari uburyo buzafasha abifuza igishoro kongera kwiyubaka no guteza imbere imishinga inyuranye.

    Dr Karusisi yagize ati “Haracyari inzira y’ishoramari yafasha kongera kwiyubaka cyane cyane mu bijyanye n’ubwubatsi n’inganda zitunganya ibintu (manufacturing), kandi turimo kubona ibigo byitabira kwinjirira muri iryo dirishya, kandi tukaba twizera ko tuzarikoresha”.

    Umuyobozi Mukuru wa BK, Dr Diane Karusisi, mu kiganiro n
    Umuyobozi Mukuru wa BK, Dr Diane Karusisi, mu kiganiro n’abanyamakuru

    Dr Karusisi avuga ko hari icyizere ko mu minsi iri imbere ibintu bizongera gusubira mu buryo bitewe n’uko inkingo za Covid-19 zigenda ziboneka, kandi abantu bakaba barimo kwitabira kwikingiza kugira ngo basubire mu mirimo nk’uko byari bisanzwe.

    source : https://ift.tt/2WMEFkQ

  • Imirenge yari muri Guma mu Rugo yakuwemo, ariko hari uturere twihanangirijwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean-Marie Vianney yasabye abantu kwirinda ko basubira muri Guma mu Rugo

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi, yatangaje ko iyo mirenge yakuwe muri Guma mu Rugo kubera ko bigaragara ko abandura COVID-19 bagabanuka.

    Imirenge yakuwe muri Guma mu Rugo ni uwa Byimana mu Karere ka Ruhango, Tumba na Gishamvu mu Karere ka Huye, imirenge ya Rukara, Murundi, Mwiri na Nyamirama mu Karere ka Kayonza, n’imirenge ya Muhura, Remera na Kageyo mu Karere ka Gatsibo.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, mu kiganiro yagiranye na RBA, yavuze ko impamvu iyi mirenge yakuwe muri gahunda ya Guma mu Rugo ari uko ibipimo byagaragaje ko abandura ari bacye ugereranyije n’indi mirenge itari muri Guma mu Rugo.

    Yasabye ariko abaturage gukomera ku ngamba zo kwirinda COVID-19 kugira ngo batazongera kuyisubizwamo.

    Yagize ati “Turabashimira kuko bateye intambwe ishimishije, ibipimo byabo biri mu bipimo biri hasi ugereranyije n’indi mirenge ariko ntibivanaho ko bagomba gukomeza kwirinda. Nk’uko mubikurikirana hari abantu bagipfa ntabwo turajya kuri zero kandi mu by’ukuri umunyarwanda wese dutakaje ni uw’ingirakamaro kandi nanone hari abantu bakirwara.”

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko bagiye kuganira n’inzego z’ibanze n’iz’umutekano kugira ngo hanozwe uburyo ingamba zigomba gushyirwa mu bikorwa neza.

    Yibukije Abanyarwanda muri rusange ko COVID-19 igihari kandi ikirimo kwica abantu bityo abamaze kubona inkingo n’abatarazibona bakaba bagomba kurushaho gukomeza kwirinda.

    Yanasabye ko mu gihe inkingo zibonetse abaturage bakwiye kwitabira ubutumire baba bahawe n’ibigo by’ubuvuzi kugira ngo bakingirwe bityo abantu babashe kwirinda icyorezo ndetse n’ubuzima busubire uko bwari busanzwe.

    Yashimiye abaturage b’Umujyi wa Kigali ndetse no mu Karere ka Rubavu kuko barushijeho kwirinda, bituma umubare w’abandura ugabanuka cyane ariko nanone abasaba kurushaho kwirinda.

    Ariko nanone abaturage b’uturere twa Nyagatare, Gicumbi, Ngoma, Kirehe Rwamagana, Nyamasheke, Burera, Ngorero, Karongi, Gakenke na Huye dufite imibare y’abandura iri hejuru ya 5% yabasabye kurushaho kubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko ariko hari uturere muri utu twavuzwe haruguru dufite imibare y’abandura ikabije nka Nyagatare, Ngoma, Gicumbi, Kirehe, Rwamagana, Nyamasheke na Burera twafatiwe imyanzuro idahuye n’iy’utundi turere.

    Ati “Nk’akarere ka Nyagatare kari kuri 17.8% kandi muzi ko ubwandu bukabije cyane duhera ku 10%, Nyagatare rero iri ku isonga igakurikirwa n’Akarere ka Gicumbi kandi ugasanga biri mu mirenge yegeranye ku buryo bisaba ko haba umwihariko.”

    Akarere ka Ngoma kari ku 11.5% by’abandura COVID-19, Kirehe 10.8%. Rwamagana 8.5%, Nyamasheke 8.4% naho Burera 7.8%.

    Abayobozi bo muri utu turere bakaba basabwe gufatanya n’inzego z’umutekano, iz’ubuzima n’abandi gushyiramo imbaraga kugira ngo batazashyirwa muri Guma mu Rugo kuko ibipimo bihagaragara ubundi ngo byagatumye utwo turere tuyishyirwamo.

    source : https://ift.tt/3gVjBzC

  • Urupfu rwa Jay Polly rwashenguye benshi – #rwanda #RwOT

    Jay Polly benshi bakundaga kwita ‘Umwami Kabaka’ yamamaye mu muziki kuva mu myaka ya 2008. Yitabye Imana mu ijoro rishyira ku wa Kane tariki 2 Nzeri 2021, azize uburwayi butunguranye aho yari yajyanywe mu bitaro bya Muhima kuvurizwa.

    Uyu muhanzi wari ufite imyaka 33, yitabye Imana asize abana babiri barimo umwe yabyaranye na Uwimbabazi Sharifa babanye igihe kirekire nyuma bakaza gutandukana.

    Abakunzi b’umuziki, inshuti ze n’abavandimwe bashenguwe bikomeye n’urupfu rw’uyu mugabo wari warigaruriye imitima ya benshi by’umwihariko abari urubyiruko mu myaka ya 2010 kuzamura.

    Umunyamakuru Ally Soudi yifashishije ifoto aherutse gushyira ku rukuta rwe rwa Instagram ari hagati ya Jay Polly na Bull Dog ati “Kumbe disi nari ndimo kugusezera muvandi.”

    Umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yifashishije amagambo aboneka muri Bibiliya mu gitabo cya Zaburi 90:12 agira ati “Utwigishe kubara iminsi yacu, Uburyo butuma dutunga imitima y’ubwenge.”

    Rest well Jay polly ! pic.twitter.com/LCQrXuomyf

    — Israel Mbonyi (@IsraeMbonyi) September 2, 2021

    The best 🇷🇼 rapper Jay Polly has passed on.We’ll miss you my man… RIP Jay pic.twitter.com/4JOH8bgPgr

    — Alain Numa (@anumino) September 2, 2021

    It can’t be true
    Nooo

    — Platini 🅿️ (@NemeyePlatini) September 2, 2021

    INKURU Y’AKABABARO

    Umuhanzi Jay Polly yitabye Imana azize uburwayi aguye mu bitaro bya Muhima. pic.twitter.com/DqIsqpohUG

    — IGIHE (@IGIHE) September 2, 2021

    RIP talented boy Jay Polly pic.twitter.com/68DU7URx8v

    — Peter Kamasa (@PKamasa) September 2, 2021

    Imwe mu Ndirimbo Platini yagombaga gusohora arikumwe Na Jay Polly vuba aha💔
    Inkuru ibabaje ku bakunzi b’Umuziki Nyarwanda, Twifatanije Ni umuryango wa Jay Polly , Inshuti , Abafana be …
    Imana imuhe iruhuko ridashira, azize uburwayi💔💔
    R.I.P Soldier 🥺 pic.twitter.com/LvVIP64VNx

    — Rukundo Patrick (@Patycope) September 2, 2021

    #Rwanda | Le rappeur rwandais JOSHUA TUYISHIME, communément appelé Jay Polly, est décédé à l’âge de 33 ans. pic.twitter.com/P574U46H6g

    — Steve Wembi (@wembi_steve) September 2, 2021

    Rest in Eternal Peace Jay Polly one of the coolest celebrities Rwanda has ever had! 🙏🏽💔

    — Fiona Kamikazi Rutagengwa (@Fiona_Kamikazi) September 2, 2021

    💔🙏🏾🕊 Rest In Eternal Peace Jay Polly. Thanks for the good Music and inspiring many of us.

    — Dany Beats 🏃🏾‍♂️ (@danybeatz) September 2, 2021

    Rapper Jay Polly has passed on. He was 33.

    Reports indicate he died from Muhima hospital where he was admitted Wednesday night. pic.twitter.com/MnnJk08BRV

    — Calvin Mutsinzi (@CalvinMutsinzi) September 2, 2021

    A big loss to the music industry!! Rest in Peace Jay Polly 💔

    — Sanny Ntaganira Aline (@AlineSanny) September 2, 2021

    The best of our generation is gone, end of an era!

    Rest in Peace my guy, you gave us only hits…

    Nkuko wakundaga kubiririmba ngo Amahoro ya Allah, azabane nawe no mwitahuka ryawe, nikoko Allah abane nawe ndetse n’umuryango wawe. 💔#JayWaJay pic.twitter.com/vc8aHMhPZA

    — Robert Cyubahiro McKenna (@RobCyubahiro) September 2, 2021


    source : https://ift.tt/3mUMZtG

  • Imirenge 10 yakuwe muri Guma mu Rugo – #rwanda #RwOT

    Iyi mirenge yakuwe muri Guma mu Rugo bitewe n’uko ubwandu bw’icyorezo cya Covid-19 bwagabanutse. Mu yindi mirenge yakuwemo harimo iyo mu turere twa Kayonza na Gatsibo yo mu Ntara y’Iburasirazuba.

    Iyo mirenge irimo uwa Tumba na Gishamvu yo mu karere ka Huye n’uwa Byimana wo mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo. Hari kandi Umurenge wa Muhura n’uwa Kageyo na Remera yo mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba.

    Iyi Mirenge ikuwe muri Guma mu Rugo nyuma y’aho Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Nzeri 2021, ifatiye icyemezo cyo koroshya zimwe mu ngamba zashyizweho mu guhangana n’icyorezo cya Covid-19 zirimo gukomorera ibitaramo n’ibikorwa by’imikino y’amahirwe ndetse n’amasaha ntarengwa y’ingendo akavanwa Saa Mbili agashyirwa Saa Yine mu Mujyi wa Kigali.

    Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yaboneyeho gusaba abatuye muri iyi mirenge n’abaturarwanda bose gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo cya Covid-19.

    Inzego z’ibanze n’iz’umutekano nazo zasabwe gukomeza gukurikiana ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza n’ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

    Iyi mirenge ikuwe muri Guma mu Rugo mu gihe umubare w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo mu gihugu wo umaze kugera ku 1.097.

    GUKURA IMIRENGE MURI 𝐺𝑈𝑀𝐴 𝑀𝑈 𝑅𝑈𝐺𝑂 pic.twitter.com/UmpY0LPbUm

    — Ministry of Local Government | Rwanda (@RwandaLocalGov) September 2, 2021


    source : https://ift.tt/3n3ner0

  • Jay Polly yitabye Imana – #rwanda #RwOT

    Amakuru agera kuri IGIHE ni uko uyu muhanzi yagejejwe ku bitaro bya Muhima avanywe kuri Gereza ya Mageragere yari afungiyemo mu masaha y’ijoro, acyakirwa ahakirirwa indebe ahita yitaba Imana.

    Mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo inkuru y’urupfu rwe yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, gusa Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa rubifite mu nshingano ntirwagira icyo rubitangazaho.

    Icyateye urupfu rwe ntikiramenyekana gusa amakuru yizewe agera kuri IGIHE ni uko we n’abandi bagororwa batatu b’inshuti ze hari ibinyobwa by’inkorano banywereye muri gereza, hanyuma bikabagiraho ingaruka.

    Abandi babinyoye bo barakize ariko we bikomeza kumugiraho ingaruka ku buryo yakomeje gutaka mu nda, akajyanwa no kwa muganga ataka cyane bikamuviramo kwitaba Imana.

    Bamwe mu bantu ba hafi mu muryango w’uyu muhanzi, babwiye IGIHE ko uyu musore wari muri Gereza kuva muri Mata uyu mwaka, yarwaye bitunguranye akaza kugezwa ku bitaro bya Muhima arembye ku buryo yahise yitaba Imana.

    Mukuru we, Uwera Jean Maurice, yemereye IGIHE ko murumuna we yitabye Imana. Ati “Polly yapfuye, ngo yaguye mu bitaro bya Muhima. Sinzi icyo yari arwaye kuko ku wa Mbere twavuganye ari muzima.”

    Tuyishime Josua benshi bamenye nka Jay Polly yari umuraperi ukomeye mu njyana ya Hip Hop u Rwanda rwagize kuva iyi njyana yamenyekana imbere mu gihugu.

    Uyu muraperi yamamaye cyane mu ntangiriro za 2008 ubwo yadukanaga na bagenzi be mu itsinda rya Tuff Gang.

    Nubwo yabarizwaga muri iri tsinda ariko ntibyamubujije gukora umuziki ku giti cye, aho yakoze indirimbo zinyuranye zamugize icyamamare. Nta muntu uzibagirwa indirimbo ze nka Ku musenyi, Deux fois Deux, Akanyarirajisho n’izindi zamufashije kubaka izina.

    Mu 2011 uyu muraperi wari mu bakunzwe cyane yagaragarijwe urukundo mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryari ribaye bwa mbere.

    Kuva iki gihe ntabwo Jay Polly yongeye kurekura igikundiro cye mu bakunzi b’umuziki.
    Yakomeje kugaragaza amashagaga mu muziki, ahagana mu 2014 nibwo yashimangiye ko akunzwe nyuma yo gutwara irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star.

    Uyu muraperi wari mu bakomeye yakomeje kwitabira ibitaramo hafi ya byose byabaga bikomeye.

    Cyakora mu 2018, Jay Polly yatangiye kwisanga mu bibazo rimwe na rimwe akanafungwa. Byatangiye nyuma yo kugirana amakimbirane n’umugore we bikamuviramo gufungwa amezi atanu.

    Nyuma yo gufungurwa uyu muraperi yakomeje gukora umuziki ndetse akora indirimbo zakunzwe bikomeye.

    Muri Mata 2021 yongeye gutabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge akatirwa gufungwa iminsi 30.

    Yitabye Imana mu gihe yari ategerejwe mu rukiko tariki 2 Ukuboza 2021.

    Jay Polly yitabye Imana afite imyaka 33 y’amavuko

    Yagaragaye mu bitaramo byinshi mu gihugu byasusurukije abatari bake

    Uyu musore ni umwe mu bari bakunzwe mu muziki w’u Rwanda

    Yakunzwe cyane n’urubyiruko cyane urwanyuze mu buzima bugoye bitewe n’indirimbo yakoraga zivuga ku bibazo birureba

    Jay Polly yaherukaga kugaragara mu gitaramo cya Iwacu Muzika Festival

    Jay Polly yitabye Imana afitanye umushinga w’indirimbo na Davido

    Muri Mutarama 2019 ubwo Jay Polly yari arekuwe muri gereza ya Nyarugenge

    Yaherukaga kuganira n’abanyamakuru ubwo yari agitabwa muri yombi

    Davido yari aherutse gutangaza ko yemera Jay Polly nk’umuraperi ukomeye mu Rwanda

    Kimwe mu bitaramo Jay Polly yaherukaga gukora


    source : https://ift.tt/3BuF4ao

  • Amakuru mashya: Jay Polly yaba yazize ibiyobyabwenge #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo biyobyabwenge ngo ni ibyo baba bikoreye rwihishwa aho bavangavanga ibintu byinshi hakavamo ikiyobyabwenge gikomeye.

    Ibyo biyobyabwenge Jay Polly ngo yabisangiye n’abandi babiri bibamerera nabi cyane, abashinzwe gereza bihutira kujyana abo barwayi kwa muganga ariko Jay Polly we ahita apfa, abo babiri bagenzi be bakirwaye ariko batapfuye bakaba ari bo babisobanuye.

    source : https://ift.tt/3yDlerG

  • Umuhanzi Jay Polly yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Jay Polly aha yari muri studio kuri KT Radio

    Jay Polly aha yari muri studio kuri KT Radio

    Jay Polly yari afungiye muri Gereza ya Mageragere akurikiranyweho ibyaha birimo ibyerekeranye n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Mu masaha ya nijoro ngo nibwo yarembye, ajyanwa kwa muganga ariko aza guhita ashiramo umwuka.

    Iyi nkuru turacyayikurikirana….

    source : https://ift.tt/3kL9H4H

  • Abacururiza mu isoko rya Nyamagabe babangamiwe no kwakwa ubukode bw’inzu bakiva muri guma mu rugo – #rwanda #RwOT

    Bitewe n’ubwiyongere bwinshi bwa C0vid-19 ku wa 27 Nyakanga 2021, Inama y’Abaminisitiri yashyize imirenge 50 irimo n’uwa Gasaka iri soko riherereyemo muri gahunda ua guma mu rugo.

    Abacuruza imboga n’imbuto muri iri soko bavuga ko nubwo mu minsi 15 bamaze muri guma mu rugo bari bemerewe gukora ariko ntacyo bakoze kuko bakoraga basimburana ndetse n’abaguzi batabonekaga ku bwinshi.

    Kuba batarakoraga mu buryo busanzwe byatumye ubucuruzi bwabo budindira ndetse bahura n’igihombo, bakaba bavuga ko kubishyuza ubukode ari ukubasonga kuko ntaho babukura.

    Bamwe mu baganiriye na Radio1 bayibwiye ko ubuyobozi bw’isoko bwafatiriye ibicuruzwa byabo kuko batarishyura ubukode bw’ukwezi kwa munani kandi nabo nta bushobozi bafite.

    Umwe yagize ati “Ubuyobozi bw’isoko bwavuze ko tugomba kwishyura umusoro w’ukwezi twari turi mu rugo, tubandikira ubugira kabiri tubasaba ko batugirira ibambe bakatwihanganira kuko impamvu zitaduturutseho, bakatwihanganira umusoro w’ukwezi kwa munani tugashaka uw’ukwa cyenda.”

    Yakomeje avuga ko biyambaje n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, PSF mu gihe batarasubizwa, ubuyobozi bw’isoko bufatira ibicuruzwa byabo ubu bikaba biri kwangirika.

    Abacunga iri soko bo bavuga ko mu minsi 15 ya guma mu rugo bagabanyijeho itatu kugira ngo baborohereze kandi ko byishimiwe, abadashaka kubyumva ari agatsiko kigometse kandi nabo bagomba kwishyura inguzanyo ivuye mu bukode batanze.

    Umwe muri bayobozi yagize ati “Isoko riri mu nguzanyo ryishyura buri kwezi, ikindi ibintu byabo hari ababirinda, hari abakora isuku, abakorerabushake n’abayobozi abo bose bagomba guhembwa, twishyura amazi n’ibindi. Ibi byose narondoye bigomba gukemurwa n’ubukode.”

    Ku ruhande rw’Uhagarariye Abikorera bo mu Karere ka Nyamagabe, Uwitije Bernard, yavuze ko aka ari agatsiko kigumuye ariko bagiye gushaka uko ikibazo cyabo cyakemuka.

    Ati “Ikintu kigaragaramo ubona iri tsinda rito rishaka kugumura abandi ariko turakomeza tubegere tubaganirize, tujye inama turebe icyakorwa dufatanyije n’abashoramari bayobora iri soko n’ubuyobozi bw’akarere.”

    “Ni ikibazo tuzi kandi ntabwo twicaye turi kugishakira igisubizo kirambye gifatika, mu kureba uburyo twagabanya ideni rya banki kugira ngo isoko ritaramara n’imyaka ibiri ntirijye mu birarane.”

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwo bwavuze ko bugiye kubanza gusesengura iki kibazo bukazagishakira umurongo.

    Abacururiza mu isoko rya Nyamagabe babangamiwe no kwakwa ubukode bw’inzu bakiva muri guma mu rugo

    source : https://ift.tt/3BB2if6

  • Twakifuje ko aburanishirizwa mu Rwanda- IBUKA yavuze ku cyemezo cyo gukomeza gukurikirana Agathe Kanziga – #rwanda #RwOT

    Ku wa 30 Kanama 2021 ni bwo Urukiko rw’Ubujurire ruri i Paris rwanzuye ko ubusabe bwa Agathe Kanziga Habyarimana n’abamwunganira mu by’amategeko buteshejwe agaciro.

    Basabaga ko ikirego cye kiri mu rukiko kuva mu 2008 aho akurikiranyweho uruhare muri Jenoside cyahagarikwa ngo “kuko habuze ibimenyetso”.

    Kuva icyo gihe iperereza riracyakorwa muri iyo myaka yose ndetse kuva mu 2016 yagejejwe imbere y’urukiko.

    Mu kiganiro cyihariye na IGIHE, Nkuranga yavuze ko uwo mwanzuro bawakiriye neza kuko uwo mugore ari ku rutonde rw’abakekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Yavuze ko bifuza ko yaza kuburanishirizwa mu Rwanda nyuma y’uko hanzuwe ko akomeza gukurikiranwa.

    Ati “Amaze igihe akurikiranwa n’inkiko zo mu Bufaransa. Ubundi twakanifuje ko yakabaye azanwa mu Rwanda kugira ngo abe ariho aburanira kubera ko ni ho ibyaha [akurikiranyweho] byabereye.”

    Agathe Habyarimana ubura umwaka umwe ngo yuzuze 80, ari mu bari bagize “Akazu” gafatwa nk’abacurabwenge ba Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse Raporo Muse yagaragaje ko ari we wari umukuru wako.

    Yari agahuriyemo na musaza we Protais Zigiranyirazo; mubyara we, Col Pierre-Célestin Rwagafilita; Laurent Serubuga na Col Elie Sagatwa.

    Nkuranga yavuze ko nubwo nta masezerano arashyirwaho hagati y’u Bufaransa n’u Rwanda ngo bihererekanye abanyabyaha nk’abo, naho atakoherezwa birashimishije kuba yakomeje gukurikiranwa.

    Yakomeje ati “Icyaha ashinjwa kirakomeye kandi twifuza ko ubutabera bwubahirizwa. Icyo twifuzaga ni uko umuntu nka Agathe yakurikiranwa agahanirwa ibyo ashinjwa kandi bizwi, kugira ngo twumve ko tubonye ubutabera.”

    Guhana umuturage wakoze Jenoside uwayiteguye yigaramiye ntibyumvikana

    Nkuranga uyobora Ibuka yasobanuye ko bitumvikana kuba abijanditse muri Jenoside baragejejwe imbere y’ubutabera ubu bakaba bari kurangiza ibihano bakatiwe, naho abayiteguye bagakomeza kwidegembya mu Burayi.

    Ati “Ntabwo byaba ari ibintu byashimisha kubona wa muturage wishoye muri Jenoside kubera ko hari abantu bari bakomeye nka Agathe [bayiteguye], agahanwa bo bigaramiye.”

    “Ntabwo byumvikana ni yo mpamvu iteka duhora dusaba ko bariya bari mu bacurabwenge bagombye guhanwa by’intangarugero kugira ngo nibura tujye tuvuga ngo ‘Ntibizongere ukundi’ n’abakibyiruka bumve ko bishoboka koko.”

    Raporo Duclert yakozwe n’inzobere mu by’amateka ku busabe bwa Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yerekanye ko Agathe Habyarimana, yahungishijwe ku busabe bwa François Mitterand wayoboraga icyo gihugu.

    Igira iti “Guhungisha Abanyarwanda bari bafite ubwoba [bwo kwicwa] si cyo cyari kigenderewe n’abayobozi b’u Bufaransa mu cyiswe ‘Opération Amaryllis’ [yabayeho hagati ya tariki 8 na 14 Mata igamije guhungisha abahigwaga].”

    “Icyihariye kimwe cyamenyekanye, [ni uko hari hagamijwe] kurinda no guhungisha umugore wa Habyarimana n’umuryango we. Ubu ni ubusabe bwari bwatanzwe na François Mitterand ku giti cye, kandi ni ikibazo cyagaragarijwe mu nyandiko zijyanye na Opération Amaryllis.”

    Agathe kimwe n’abandi banyepolitiki benshi bari muri Guverinoma ya Habyarimana bashakiye ubuhungiro mu Burengerazuba bw’Isi, by’umwihariko mu Bufaransa nk’igihugu cyari inshuti yabo muri icyo gihe.

    Nyuma y’imyaka myinshi Leta y’u Rwanda isaba ko bashakishwa, ababonetse bagakurikiranwa cyangwa bakoherezwa mu gihugu kikabiburanishiriza; abayobozi batandukanye b’u Bufaransa batereye agati mu ryinyo.

    Perezida Macron ni we wageze i Kigali muri Gicurasi 2021 yemera “gushyiraho uburyo bwose bw’ubufatanye mu by’ubutabera n’ibisubizo byoroshya ugushyira ukuri ahabona, kugeza mu butabera no koherezwa abakekwaho Jenoside.”

    Nkuranga yavuze ko ubu ari cyo gihe cyo kureba ko ibyo yasezeranyije u Rwanda bizubahirizwa, ariko ashimangira ko umwanzuro wo gukomeza gukurikirana Kanziga ari “kimwe mu byerekana ko bizashyirwa mu bikorwa”.

    Nkuranga Egide yatangaje ko bishimiye umwanzuro w’Urukiko rwo mu Bufaransa, uvuga ko Agathe Habyarimana akomeza gukurikiranwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Icyifuzo cy’uko Agathe Habyarimana yareka gukurikiranwa ku byaha bya Jenoside cyateshejwe agaciro n’Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa

    source : https://ift.tt/3gUAPx2