Tag: featured

  • Iyo abana bagwingira n’Igihugu kiragwingira – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Yabibasabye kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Ugushyingo 2021, ubwo yasozaga amahugurwa y’iminsi umunani yagenewe abajyanama na komite nyobozi z’uturere n’umujyi wa Kigali yaberaga i Gishari mu Karere ka Rwamagana.

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko atumva impamvu hari uturere imibare y’abana bagwingira iri kuri 40% nyamara nta kibuze ngo bakure neza.

    Avuga ko uko imibare y’abana bagwingira yiyongera n’Igihugu kigwingira.

    Ati “Kugwingira, imirire mibi bifite ingaruka si kuri uwo mwana gusa iyo babaye benshi bigira ingaruka ku gihugu cyose. Erega abana bacu iyo bagwingira n’Igihugu kiragwingira. Murifuza ko tuba Igihugu kigwingiye?”

    Uturere twa Musanze na Karongi ni tumwe mu turere umukuru w’Igihugu yavuze dufite imibare iri hejuru y’abana bagwingira nyamara utwo turere dufite umusaruro ukomoka ku buhinzi ndetse n’ukomoka ku bworozi.

    Yavuze ko ikibazo gishobora kuba ari abayobozi batumva uburemere bw’ikibazo.

    Yagize ati “Abayobozi bari aho na bo hari ikibazo kibarimo, mu miyoborere yabo baragwingiye ni cyo biba bivuze ni ukuvuga ngo abayobozi bari hano bagaragaza kugwingira kw’abana nta gikwiriye kuba kibuze, nta gihari kibuze cyo kugira ngo bikosorwe, ni ukuvuga ngo hari Politiki, hari ubuyobozi bugwingiye na bwo bikwiye rero kuba bikosoka vuba na bwangu.”

    Yasabye abayobozi kujya kurandura iki kibazo cy’ingwingira cyangwa bakegura.

    Yavuze ko Igihugu kitakwemera ko hakomeza kugaragara ikibazo cy’igwingira ry’abana ndetse n’umwanda.

    source : https://ift.tt/3CXVdWt

  • Dufite icyuho mu kumenya amateka bitewe n’amahitamo ya Politiki: Ikiganiro na Edouard Bamporiki – #rwanda #RwOT

    Uko gusobanura amateka bibera ihurizo urubyiruko, rukisanga mu mayira abiri imbere y’abashaka kuyagoreka n’abayavuga uko ari.

    Uko kunyuranya mu kwigisha amateka bitewe n’inyungu z’uyavuga nibyo byahagurikije Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, itangiza ubukangurambaga bugamije kwigisha urubyiruko umuco, amateka n’indangagaciro nyarwanda, kugira mgo rumenye aho igihugu cyavuye, aho kiri n’aho kigana.

    IGIHE yaganiriye n’Umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri, Bamporiki Edouard, agaruka ku bibazo bitandukanye bituma amateka y’u Rwanda avugwa mu buryo butandukanye n’umuti ngo amateka y’igihugu avugwe kimwe.

    IGIHE: Hashize iminsi muri mu bukangurambaga bugamije kwigisha urubyiruko umuco, amateka n’indangagaciro nyarwanda, kuki mwahisemo urubyiruko?

    Bamporiki: Urubyiruko ruri hagati y’abagenda n’abaza. Mu bihugu byose buriya urubyiruko ni ishusho y’ahazaza ha buri gihugu. Nk’igihugu rero natwe, abayobozi bacu bahari uyu munsi ni abayobozi bafite ibintu bakoze mu mateka y’u Rwanda; bazakorerwa mu ngata n’abo u Rwanda rwibarutse biciye mu miryango y’u Rwanda.

    Abo rero ni urubyiruko ruri mu mashuri, mu mirimo, urubyiruko rufite imyaka y’ubuto rutari mu Rwanda mu myaka 30 ishize ariko ruhari uyu munsi, ruzaba runahari ejo nabo inyuma yabo hakaza urundi rubyiruko.

    Urubyiruko ni icyiciro gikomeye cyane kigaragaza mu by’ukuri ubwema, ahazaza h’igihugu. […] Abo bato ubitaho kugira ngo bahagume ariko bafite igihugu mu biganza byabo.

    IGIHE: Haba hari ikihe cyuho mu buryo Abanyarwanda bazi amateka, umuco n’indangagaciro zabo ku buryo bisaba ubukangurambaga bwihariye?

    Nta n’ubwo ari mu rubyiruko gusa. Icyuho, mu kumenya amateka na cyo ubwacyo ni amateka. Dufite icyuho bitewe n’amahitamo ya politiki. Ubundi amateka abantu bayamenya kubera ko bayahererekanyije mu mvugo no mu nyandiko.

    Twagize rero igice cy’ubukoloni bwamaze imyaka ijana butemerera abanyarwanda kuvuga u Rwanda n’amateka yabwo, butemerera Abanyarwanda kuvuga intekerezo, butemerera Abanyarwanda kuvuga u Rwanda; kurutarama no kurwimana.

    Ubukoloni ahubwo bukazana iby’iwabo; ugasanga abanyarwanda bazi intekerezo z’Ababiligi n’iz’Abadage kurusha i Rwanda. Ugasanga u Rwanda rushingiye ku ntekerezo z’ubuyobozi buri muri ubwo bukoroni kurusha gushingira ku ntekerezo z’abayobozi bahari uwo munsi.

    Ibyo rero ubundi birangira bibyaye urukuta ruri hagati y’abariho uwo munsi n’abakurambere babo bagiye. Aho abakurambere babo bakabaye bibona hakabonwa abakurambere b’ahandi.

    Inkotanyi zibohora u Rwanda, zasenye urukuta rwari hagati yacu n’abakurambere bacu, rwatubuzaga kuvoma ku ntekerezo z’iwacu. Burya umuntu w’igihangange ugira umumaro igice kinini abikura iwabo.

    Icyuho kirahari ariko kandi turifuza ko cyaba amateka, kikarangira kuko amateka ubu abahanga bacu byarabavunnye barayandika. Icyo tubabwira rero; kumenya u Rwanda ni ukujya no gushaka ibyo bitabo bigasomwa, ni ugushaka ya mateka tukayamenya none.

    IGIHE: Hari uwakumva ubwo bukangurambaga agakeka ko mu mashuri amateka y’u Rwanda adahabwa umwanya uhagije

    Icyo cyaba ikindi. Buriya hari amateka abantu biga nk’amateka, ariko u Rwanda n’amateka yarwo dushobora kubyiga mu muryango, ni inshingano z’umuryango. Dushobora kubyiga mu biganiro, umuntu mukuru wese akumva ko afite inshingano zo kugira icyo abwira uwo aruta bitewe n’ubushobozi afite.

    Ubu turashimira Minisiteri y’Uburezi kuko ni yo yateye intambwe iva mu mateka y’abakoloni, iva mu bigwi by’ahandi itangira kuza mu bigwi byacu no mu rugendo rwacu.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard yavuze ko abakuru bakwiriye gusobanurira abato amateka y’u Rwanda nta kuyagoreka

    IGIHE: Ko abakuru nabo batumva amateka kimwe, urubyiruko rwo ruzamenya ruhagarara he?

    Ubundi amateka ni ukuri ntabwo ari amarangamutima. Amateka ntabwo ari ibyo njyewe mfata nkaremekanya, ni ukuri kw’ibyabaye, ni ukuri kw’inzira igihugu cyagenze. Ntabwo nzi umuntu uri hanze kubera ibikomere bye uzavuga ko u Rwanda rutahanzwe na Gihanga.

    Ntabwo uzumva uzavuga ko abami batavutse mu Banyiginya bakagira imitekerereze yo kuvuga ngo ntabwo tuzishakamo tuzashaka mu yindi miryango kugira ngo u Rwanda rube urwa bose […] Uzajya gushakisha ibindi azaba atubeshyera.

    Ntabwo ntekereza ko hari uzavuga ko Abanyarwanda batagize intwari zarwanye ku Rwanda, izaguye u Rwanda, zaduhaye intekerezo n’iriba tuvomamo ubugiri, tuvomamo imbaraga. Tuvomamo umutima w’u Rwanda rwanda.

    IGIHE: Ariko birigaragaza, hari bamwe mu banyarwanda baba mu mahanga ubona bavuga amateka bitandukanye n’uburyo mu Rwanda yigishwa

    Ni ingorane zo kutagira ikikuranga. Ni ukwitiranya icyakakubereye ikikuranga wowe nk’umunyarwanda ugashyira imbere ikitari cyo. Ni ukuvuga ngo umuntu wese ushobora kwiyumva ko ari uwo mu majyaruguru, akiyumva ko ari Umuhutu akumva nibyo binini, akiyumva ko ari Umututsi, azagira izo ngorane n’ibindi ntazabyumva.

    Uzashyira ubunyarwanda imbere azasanga umwami w’u Rwanda yarwaniraga inyungu z’u Rwanda, yarwaniraga inyungu za rubanda, yari umurinzi wa rubanda, yari umurinzi w’u Rwanda n’umuco warwo.

    Ntabwo wavuga amateka ngo uhere ku mage nk’utagira isoko, nk’utagira umurage, nk’utagira abakurambere b’intwari. Umuntu wese utekereza atyo najya kuvuga amateka azayahera ku bukoroni, azayahera kuri repubulika ya mbere n’iya kabiri, azahera mu 1959.

    Abanyarwanda boye kubwira abana amateka bishingiye ku bikomere byabo, bishingiye ku byo bananiwe no ku byo bashoboye, amateka y’u Rwanda ntabwo ari ubuyobozi bw’umuntu runaka. Ni uruhurirane rw’imibereho y’abanyarwanda harimo ubuyobozi, harimo abaturage harimo n’u Rwanda. Iyo ubiteranyije uvuga amateka utareba ku ruhande.

    Ababyeyi hirya no hino ku Isi aho badukurikira, muhe abana banyu amahirwe; umwana utarahemukiye u Rwanda, uwavutse wenda ku muntu wagize ingorane akisanga yahemukiye u Rwanda, uwo mwana nta byaha afite, afite u Rwanda.

    N’uwo mubyeyi na we ubutwari bwe ni uko yavuga ati “ariko ruriya Rwanda nahemukiye nirumpane abana banjye babeho.” Aho kugira ngo ukomeze kwirukanka ku isi noneho igihe uzaba utakiriho abana bajye batekereza nk’aho ari wowe warenganye kandi warahemutse.

    Nta Munyarwanda ukwiye kugenda yunamye kandi u Rwanda rwarunamutse. Umutware w’u Rwanda yararwunamuye twese twunamuke, twumve ko u Rwanda ari urwa twese.

    IGIHE: Hari urubyiruko rumaze iminsi rufatirwa mu bikorwa bibi birimo kwifatanya n’imitwe yitwaje intwaro cyangwa abahakana n’abapfobya Jenoside, byaba biterwa n’ubukene, ubumenyi buke?

    Bishobora kuba byinshi ariko icya mbere ni ukutagira inzozi. Iyo nta nzozi ufite, ushobora gukora ikintu icyo ari cyo cyose. Ushobora kwifatikanya n’umuntu we ushaka guhemukira u Rwanda ngo abeho, umuntu afite inzozi mbi. Noneho nawe kuko nta nzozi nziza ugira nta na mbi ufite, ukajya kwifatikanya n’umunyanzozi mbi mugahemukira u Rwanda.

    Abana b’Abanyarwanda, abari mu Rwanda n’abari mu mahanga, bagire inzozi zungura u Rwanda nabo bazaba bungukiyemo. Bizabarinda kujya gukora ibidafite umumaro no gusohoza inzozi zitari izabo.

    IGIHE: Abamaze kwinjira muri izo nzozi mbi bo babigenze gute?

    Ushobora kuba uyu munsi unkurikiye, ukavuga uti “ariko koko izi nzozi ndimo ni iz’uwampamagaye ntabwo ari izanjye.” Urabivamo ujye gutangira izawe. Ushobora no kurotera aho ukavuga ngo bino bintu mbivuyemo harya nakora iki?

    IGIHE: Mukunze gushishikariza urubyiruko guhangana n’abagoreka amateka. Akenshi abo ni abantu b’abahanga mu ngeri zitandukanye babaye no muri ayo mateka, mukeka ko urubyiruko arirwo ntwaro nyayo yo guhangana nabo?

    Ntabwo mbona umuhanga urwanya u Rwanda nyine ngo njye mwite umuhanga kuko Gihanga yazabimbaza. Umuhanga ni uvoma kwa Gihanga. Iyo uvuze umuhanga ubwo ni uw’i Rwanda avoma kwa Gihanga.

    Hari abantu rero bafite ubumenyi ariko bashobora kubura ubwenge bw’umuryango, bw’umuco, bw’u Rwanda, bw’igihugu. Bariya bantu rero batuka u Rwanda bashobora kuba bafite ubumenyi gusa mu byo bize.

    Abana bacu b’Abanyarwanda nta n’ubwo tubasaba guhangana, tubasaba kuvuga u Rwanda uko ruri, amateka yarwo uko ari, kuyamenya. Ntabwo azajya kubwira umuntu ngo ibyo bintu uri kuvuga si byo, utamubwira ngo ibiri byo ni ibi. N’iyo hataba umuntu n’umwe wataramanye u Rwanda, ni inshingano zacu kubwira abana u Rwanda kuko ejo azahura n’Abanyamerika bavuge Amerika yabo ariko na we azaseruka avuge u Rwanda rwe.

    IGIHE: Mwavuze ko muri kunyura mu mashuri muri ubu bukangurambaga; abanza, ayisumbuye na za kaminuza; Ese abatari mu mashuri bo bizagenda gute?

    U Rwanda twubaka ntabwo ari u Rwanda rw’abaminuje gusa, ni urw’Abanyarwanda bose. Turi kubashyiramo rero umuco wo kuvuga ngo runo rubyiruko ruri hanze ya kaminuza, nimurusange munafungure kaminuza rwinjiremo rwumve ko ari ahabo.

    Tuzajya no mu y’inshuke no mu mashuri abanza. Ntabwo ari njyewe uzavuga amateka kuko turayasangiye, ni ay’igihugu ariko uriya mwana turamuha imbaraga na bwa bumenyi wenda atari afite tubizamure kugira ngo na we asange bagenzi be. Noneho ababyeyi bibuke ko kuba bakuru ari inshingano ibyo batazi mu itorero ry’umudugudu babiganireho noneho bajye gufasha abana.

    Bamporiki yasabye urubyiruko kugira inzozi nziza kugira ngo hatazagira urufatirana akarujyana mu nzozi mbi zidahuye n’aho igihugu cyifuza

    source : https://ift.tt/3rfM5dz

  • Perezida Kagame yakebuye abayobozi bireba bakibagirwa abo bahagarariye n’abashyira imbere ’umwirato’ – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa yatanze ubwo yasozaga amahugurwa y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze, kuri uyu wa Mbere, tariki ya 29 Ugushyingo 2021.

    Aba bayobozi bamaze iminsi umunani bahugurirwa mu Ishuri rya Polisi i Gishari mu Karere ka Rwamagana. Ni amahugurwa yibanze ku ntego igira iti “Umuturage ku isonga.’’

    Ni ibisanzwe ko nyuma y’uko abayobozi mu nzego z’ibanze bamaze gutorwa, baganirizwa ku buryo bw’imiyoborere ikwiye n’umukoro ubategereje ari wo wo kwita ku baturage.

    Umukuru w’Igihugu yabwiye abitabiriye aya mahugurwa ko ibivugwa, ibyifuzwa n’ibikorwa bishobora kugaragarira mu musaruro uba wavuye mu bikorwa.

    Yagize ati “Ntabwo biba byoroshye nk’uko bivugwa, kuvuga ukerekana ibyo uzi, imyumvire, icyifuzo kiba ari uko bigomba kugararira mu bikorwa. N’ubu ndagira ngo tuganire, ariko iteka intego ni ukugira ngo ibyo tuganire bibe ibintu bizima, byumvikana, bituganisha ku bikorwa, ku musaruro uri bubivemo.”

    Perezida Kagame yavuze ko ayo mahugurwa yari ngombwa kugira ngo abantu bibukiranye, bumve ndetse basubize amaso inyuma barebe aho bitagenze neza, bagene n’uburyo bwo kubikosora.

    Ati “Umwanya nk’uyu ni utwibutsa kuvuga ngo turi hano nkatwe, umuntu wese yaje hano afite icyo ahagararireye harimo ndetse nawe ubwe. Kuvuga ngo wowe ubuzima bwawe, uko ubayeho, ubyumva ute ariko iby’ubuyobozi, birenga twebwe. Ni ibitubwira ngo ariko ubundi kuki turi hano, kuki abandi badahari.”

    Yavuze ko abayobozi bitabiriye aya mahugurwa, bayitabiriye ku mpamvu zibarenze z’uko ari abayobozi bafite abo bahagarariye. Ati “Birenze wowe. Ni yo mpamvu uri hano abandi bakaba badahari, ni uko ubahagarariye. Iyo ni inshingano iba iremereye.”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko mu biro, mu kazi, umuyobozi agomba guhora yumva ko atari mu kazi ke ku giti cye ahubwo akarimo nk’uhagarariye abandi bamushyize muri uwo mwanya.

    Ati “Ntimwatowe? Ni ukuvuga ngo abagutoye ni bo bahagushyize. Bahagushyira se ngo bigende bite? Ngo ujye kwireba wowe ubwawe? Nushaka wirebe ariko nabo wibuke ko aribo bahagushyize kandi banakeneye byinshi kurusha ibyo ukeneye.”

    Perezida Kagame yavuze ko hari ikibazo kinini, aho abayobozi bakora bibanziriza bireba gusa, ntibarebe ababatumye. Ibyo ngo ni cyo kinyuranyo cy’imiryango cyangwa ibihugu bitera imbere cyangwa se ibidatera imbere.

    Ati “Iyo ukoze wireba gusa nk’umuyobozi, ibintu ntabwo bigenda neza. Iyo ukoze ureba abo uhagarariye, abo uyobora, nubwo washaka ukireba nyuma. Icyo ni cyo kinyuranyo, aho ibintu bigenda neza.”

    Amahugurwa y’iminsi umunani y’abayobozi b’inzego z’ibanze yaberaga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda i Gishari.

    Mukanyirigira Judith watorewe kuyobora Akarere ka Rulindo, yavuze ko bize indangangaciro ziranga umuyobozi, uruhare rw’umuturage, kwimakaza ubumwe bw’abanyarwanda n’ibindi.

    Yavuze ko we na bagenzi be biyemeje gukomeza kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda, kwihutisha gahunda za leta zigamije impinduka mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, kurushaho kwegera abaturage kugira ngo bahabwe serivisi nziza, kurwanya ruswa n’ibindi.

    Yavuze ko biyemeje kandi gukurikirana imyigire y’abana, amahirwe ari muri buri karere akabyazwa umusaruro, igwingira n’imirire mibi nabyo bikarandurwa kandi umutekano w’abaturage ugakomeza gusigasirwa.

    Aya mahugurwa yitabiriwe n’abagize Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, Abagize Komite Nyobozi y’Umujyi wa Kigali bari bamaze imyaka ibiri n’igice batowe, abagize Inama Njyanama z’Uturere n’Abagize Komite Nyobozi zatwo. Bose hamwe bagera kuri 436. Yitabiriwe kandi na ba Guverineri bose.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko mu bajyanama batowe, harimo 310 bashya mu gihe 148 aribo bari basanzwe. Abayobozi b’uturere bashya ni 15 mu gihe abari basanzwe ari 12.

    Ba Visi Meya bashinzwe Ubukungu bashya ni 18 mu gihe abashinzwe Imibereho myiza y’Abaturage bashya ari 21.

    Ati “Abayobozi bagiye mu nshingano, biyemeje kuzana impinduka igana imbere, yihutisha iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.”

    Perezida Kagame yavuze ko icyo abantu batorerwa, atari uguhora abantu bizihiza, bishimira ibyiza byagezweho ahubwo ari ukureba ibitarabonerwa umuti ngo abe aribyo bihabwa umwanya wihariye.

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko umuntu ashobora kugira ubumenyi, ubushobozi, n’ibyangombwa by’uko yatowe ariko hakabura umuco, umutima muzima wo kuvuga ngo ngomba gukora ntya ni byo bizima.

    Ati “Ntabwo iteka haba habuze amikoro, si amafaranga aba yabuze, ntabwo iteka haba habuze kumenya, dufite abantu benshi b’ibitangaza muri mwe n’ahandi ndetse banabyivuga, ko bazi, ko bashoboye […] ariko bivamo iki? Kiri he? Havuyemo iki mu byo uzi, mu bushobozi, mu buhanga, mu kuba igitangaza wakwifuza kuba. Tuvanyemo iki?” Umwirato gusa tugatahira ibyo ntitugire icyo tubona mu bibazo byakemutse.”

    Mu bihe bisanzwe aya mahugurwa yamaraga iminsi 21. Muri uyu mwaka, mu minsi umunani, abayobozi b’inzego z’ibanze bahawe ibiganiro byibanze ku ngingo zitandukanye.

    Ibiganiro byatanzwe byagarutse ku miyoborere yatumye u Rwanda ruva mu manga, inshingano n’uburenganzira bw’inzego z’ibanze mu miyoborere, kunoza itumanaho mu gusobanurira abaturage, imikoranire n’izindi nzego, kubaka ubushobozi bw’abantu n’ibindi.

    Perezida Paul Kagame yakebuye abayobozi b’inzego z’ibanze birebaho aho kwita ku bifitiye abaturage akamaro

    Perezida Kagame na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney ubwo haririmbwaga indirimbo yubahiriza igihugu

    Abayobozi basabye kwita ku bifitiye abaturage akamaro

    Mu bitabiriye aya mahugurwa harimo abajyanama bashya 310 mu gihe 148 aribo bari basanzwe. Abayobozi b’uturere bashya ni 15 mu gihe abari basanzwe ari 12

    source : https://ift.tt/3pbSmUY

  • Urubyiruko rwa FPR Inkotanyi rwiyemeje kuba ku isonga mu guteza imbere Igihugu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi ni ibyagarutsweho n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi ku Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021, muri kongere y’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi, yahuriyemo abagera kuri 700 bari bahagarariye abandi hamwe n’abandi bagera kuri 80 bari mu bihugu bitandukanye babikurikiranaga imbonankubone bifashishije ikoranabuhanga aho byaberaga ku cyicaro gikuru.

    Ibiganiro byatangiwe muri iyi kongere y’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi ahanini byibanze ku mateka y’u Rwanda ndetse n’uruhare rw’urubyiruko mu gukomeza kubaka igihugu.

    Umuyobozi w’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi Joseph Tuyisenge, avuga ko urubyiruko rwiteguye gukomeza gutanga umusanzu warwo muri gahunda zitandukanye zigamije kwihutisha iterambere ry’igihugu.

    Ati “Nk’uko turi imbaraga z’igihugu zubaka kandi vuba, tuzakomeza ubukangurambaga bugamije gufasha gahunda zo guteza umurimo imbere mu rubyiruko, tuzasangiza urubyiruko amakuru abafasha kwitabira ubuhinzi bw’umwuga ku bufatanye n’inzego bireba, tuzakomeza gushishikariza inganda n’abikorera kugira uruhare muri gahunda ya ‘igira ku murimo’, tuzakomeza kwigisha urubyiruko ubuzima bw’imyororokere, gukumira no kurwanya ubusinzi mu rubyiruko, gutoza urubyiruko kugira umuco w’isuku n’isukura”.

    Bamwe mu rubyiruko rwari rwitabiriye iyi ntko rusange bavuga ko batazatezuka mu gutanga umusanzu wabo biyubakira igihugu nk’uko uwitwa Judith Rwibutso abisobanura.

    Ati “Ntabwo twahejwe nk’urubyiruko, ni yo mpamvu turi hano, rero ni ukuvuga ko niba duhari ntabwo duhari ku masura gusa (physical appearance), ahubwo n’imbaraga zacu n’ibitekerezo byacu n’amaboko kuri uwo murimo bigashyirwamo imbaraga, iterambere ryacu tukarigiramo uruhare cyane, ejo tukazaririmba intsinzi”.

    Umunyamabanga Mukuru w’umuryango FPR Inkotanyi François Ngarambe, yashimiye urubyiruko rushamikiye kuri uyu muryango ku ruhare rwarwo mu gukomeza guhangana n’icyorezo cya covid-19, ari na ho yahereye abasaba gukomeza kwitanga mu gushaka ibisubizo by’ibibazo byugarije umuryango nyarwanda.

    Ati “Murasabwa kuba ku isonga mu gukemura ibibazo, ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, abangavu baterwa inda, abana batari mu mashuri, umusaruro ukomoka ku buhinzi utagera aho twifuza, urubyiruko rudafite imirimo, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko, imihindagurikire y’ikirere, ibyorezo by’indwara, harimo n’icya covid-19, tugihanganye na cyo, n’ibindi byinshi, nk’uko twabyiyemeje mu cyerekezo 2050, ubukungu bw’igihugu cyacu buzaba bushingiye cyane ku bumenyi n’ikoranabuhanga”.

    Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, yanasabye urubyiruko kurushaho kumenya umuco, amateka n’indangagaciro by’Abanyarwanda.

    Ati “Rubyiruko nimwige mumenye umuco wacu, mumenye amateka n’indangagaciro nyarwanda, kuko ari zo zatugize abo turi bo, indangagaciro mbabwira zirimo ubunyarwanda, kwitangira igihugu, ubutwari, kurangwa n’ubudakemwa, gukunda umurimo unoze, guharanira kugira agaciro kawe bwite, ak’abawe n’abanyarwanda, izo ndangagaciro zose ni zo zatumye u Rwanda rutazima”.

    Inama nkuru y’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi iterana buri nyuma y’imyaka ibiri, aho bagaragaza ibyagezweho mu myaka ibiri ishize ndetse n’ibiteganywa gukorwa mu yindi iri imbere, kuri ubu ikaba yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Rubyiruko, umuco, amateka, n’indangagaciro byacu, n’ishingiro ry’iterambere”.

    source : https://ift.tt/3I5HLmU

  • Equity Group yasinyanye amasezerano n’Amashami ya Loni mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ubu bufatanye byitezwe ko buzateza imbere ubukungu bw’u Rwanda nk’igihugu kiri mu nzira y’amajyambere bugabanye imfashanyo rwakira ziturutse hanze mu guteza imbere imibereho y’abanyarwanda.

    Mu by’ingenzi bizakorwa harimo gutangiza gahunda ya Equity Leaders Program isanzwe iba muri Kenya ifasha abanyeshuri b’abahanga mu ishuri kuba abayobozi beza b’ejo hazaza, aho ku ikubitiro yahereye ku bana 32 b’abanyarwanda ku itariki 27 Ugushyingo 2021.

    Hazatangizwa kandi amahugurwa mu bijyanye n’imicungire y’imari kuri ba rwiyemezamirimo bafite imishinga mito n’iciriritse cyane cyane abagore n’urubyiruko bakora mu bijyanye n’ubuhinzi, ubuzima, uburezi n’inganda mu rwego kurema sosiyete nyarwanda yitabira gukoresha serivisi za banki.

    Guteza imbere imishinga y’ubucuruzi y’abagore binyuze mu kubaha inguzanyo no gufasha urubyiruko gutangiza imishinga mishya mu by’ubuhinzi nabyo biri mu bizibandwaho muri ubu bufatanye bwa Loni na Equity ndetse bunatange umusanzu mu nzego z’ubuzima hagamijwe guhangana n’ingaruka Covid-19 yateje.

    Equity Bank Rwanda n’Umuryango wa Equity Group Foundation bizafatanya n’amashami atandakunye ya Loni mu Rwanda ndetse na Guverinoma mu gushyiraho ingamba zizafasha urubyiruko kubona akazi, hatezwe imbere ubukungu burengera ibidukikije hakoreshwa ingufu zisubira.

    Umuyobozi wa Equity Group, Dr. James Mwangi, yavuze ko iki kigo gisanzwe gikorana n’amashami ya Loni atandukanye muri Uganda na Kenya hagamijwe guteza imbere imibereho y’abaturage, aho bafashije imiryingo miliyoni 3,3 y’impunzi n’indi ikennye ndetse batanga ubufasha bufite agaciro ka miliyoni 852$.

    Yakomeje agira ati “Nka Equity Group ntabwo dushishikajwe no guteza imbere abakiliya bacu gusa ahubwo tunatanga umusanzu mu guteza imbere gahunda zihindura imibereho y’abaturage yaba mu bukungu ndetse no mu buzima busanzwe.”

    “Intego ya Equity Group Holdings Plc ni uguhindura imibereho y’abantu ikaba myiza kurushaho, ikabashyiriraho amahirwe yatuma bagera ku bukire, ikagira uruhare mu gufatanya n’ibihugu kugera ku ntego z’iterambere rirambye (SDGs) mu 2030 binyuze mu bufatanye amashami yacu yo mu Rwanda, Kenya na Uganda agirana n’imiryango itandukanye ya Loni.”

    Umuhuzabikorwa w’Amashami ya Loni mu Rwanda, Fodé Ndiaye, yavuze ko ubu bufatanye ari ngenzi mu kugera ku ntego z’iterambere rirambye kuko batazigezaho badatewe inkunga n’abikorera.

    Ati “Ubu bufatanye twashyizeho umukono uyu munsi bwerekana imikoranire myiza izadufasha gutera ingabo mu bitugu gahunda y’u Rwanda yo kuzahura ubukungu bwahungabanyijwe na Covid-19. Twizeye neza ko ubu bufatanye na Equity bank buzateza imbere benshi.”

    Uku gufatanya kandi kuzatuma Equity igera ku ntego yiyemeje mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ifite yo gufasha Afurika kuzahura ubukungu bwayo yuzuzanya n’iyo u Rwanda rwihaye mu kugera ku iterambere mu cyerekezo cya 2050.

    Equity Group ubu ifite umutungo ungana na miliyari 10$ ndetse n’abakiliya barenga miliyoni 15 hirya no hino mu bihugu ikoreramo birimo u Rwanda, Kenya, Uganda, Sudani y’Epfo, Tanzania, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ibiro muri Ethiopia.

    Dr. James Mwangi uyobora Equity Group yavuze ko mu bya mbere iyi sosiyete igamije ari uguhindura imibereho y’abaturage ikaba myiza kurushaho

    Equity yatangije gahunda ya Equity Leaders Program yahereye ku bana 32 bo mu Rwanda b’abahanga mu ishuri

    source : https://ift.tt/3pbei2w

  • Abanyeshuri batatu barohamye mu Kiyaga cya Burera – #rwanda #RwOT

    Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021 mu Mudugudu wa Sunzu mu Kagari ka Nkenke mu Murenge wa Kinoni mu Akarere ka Burera.

    Bari bagiye ku kibuga cy’umupira w’amaguru gukina umukino uhuza amashuri nyuma bajya koga mu Kiyaga cya Burera ari batanu, batatu muri bo bararohama bahita bapfa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinoni, Nyirasafari Marie, yatangaje ko imibiri y’abarohamye yamaze kurohorwa ikajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri kugira ngo ikorerwe isuzuma ryimbitse.

    Yasabye abantu bose kujya birinda kujya muri iki kiyaga kuko gikunze guteza impanuka nk’izi kubera imiterere yacyo.

    Yagize ati “Icyo dusaba ibigo by’amashuri ni uko mu gihe bafite ibikorwa nka biriya bagomba kubimenyesha ubuyobozi n’inzego zishinzwe umutekano wo mu mazi tukagerageza gukumira ziriya mpanuka kuko ibi biyaga bifite imiterere yihariye.”

    Mu Banyeshuri barohamye hari umuhungu w’imyaka 18 wo mu Karere ka Musanze wigaga mu mwaka wa Kane mu bwubatsi, umukobwa w’imyaka 21 wo mu Karere ka Rubavu wigaga mu mwaka wa Gatandatu mu bwubatsi n’uw’imyaka 19 wo mu Karere ka Nyabihu wigaga mu mwaka wa Gatanu w’ubukerarugendo.

    Ubwo twakoraga iyi nkuru, twamenye ko Umuyobozi w’iri shuri n’ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri bari baherekeje abo bana, batawe muri yombi mu gihe umwarimu bari kumwe we agishakishwa kuko yahise atoroka.


    source : https://ift.tt/2ZDFTAI

  • Menya ibihugu icyenda ababiturukamo bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi bageze mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Iki cyemezo kireba abagenzi baturutse muri Botswana, Eswatini, Lesotho, Malawi, Mozambique, Namibie, Afurika y’Epfo, Zambia na Zimbabwe.

    Ku rundi ruhande, iki cyemezo kireba abagenzi baturutse mu bindi bice by’Isi, ariko bakoreye ingendo muri ibyo bihugu nibura mu minsi irindwi mbere y’uko binjira mu Rwanda.

    Izi ngamba ziri gufatwa bitewe n’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, riherutse gutangaza ko ubwoko bwa Omicron bwagaragaye bwa mbere muri Botswana, buteye impungenge kuko bufite ubushobozi buhambaye bwo kwihinduranya, bityo bukaba bushobora kwandura vuba.

    Abagenzi bazajya bishyira mu kato muri hoteli zabugenewe, kandi biyishyurire ikiguzi cy’ibyo bazakoresha mu gihe bari muri izo hoteli.

    Bazajya berekana icyemezo cy’uko nta bwandu bwa Covid-19 bari bafite mbere y’uko binjira mu gihugu, nibahagera bongere bapimwe hifashishijwe PCR test ku kiguzi cyabo.

    Nyuma y’iminsi irindwi bageze mu Rwanda, bazajya bongera bapimwe Covid-19, aho bizajya bikorerwa ahantu hasanzwe hapimirwa iki cyorezo mu gihugu, Leta ikazajya yishyura iki kiguzi.

    Icyemezo cyo gushyiraho ingamba zikaze ku bagenzi baturuka muri Afurika y’Amajyepfo, gifashwe nyuma y’Inama Idasanzwe y’Abaminisitiri yateranye kuri iki Cyumweru, igamije kwiga ku ngamba zo kwirinda Covid-19, hashingiwe ku bwoko bushya bwa Omicron buteye impungenge, nk’uko OMS ibivuga.

    Ibi byanatumye Sosiyete Nyarwanda itwara abantu mu ndege, RwandAir, ihagarika ingendo zose yakoreraga muri Afurika y’Amajyepfo, mu bihugu birimo Afurika y’Epfo, Zimbabwe na Zambia.

    Ubwoko bushya bwa Omicron bumaze kugaragara mu bihugu bindi bitandukanye birimo u Buholandi, Israel yanafunze imipaka y’igihugu cyabo, u Bwongereza, u Bubiligi, u Butaliyani n’ibindi byinshi.

    Abagenzi baturuka mu bihugu biri muri Afurika y’amajyepfo bashyiriweho ingamba zo kumara iminsi irindwi mu kato

    source : https://ift.tt/3xzzIKl

  • U Rwanda rugiye gutanga dose ya gatatu y’urukingo rwa Covid-19 ku bakuze – #rwanda #RwOT

    Amakuru agera kuri IGIHE ni uko iyo dose ya gatatu ku bakuze ishobora gutangira gutangwa mu Ukuboza uyu mwaka.

    U Rwanda si cyo gihugu cya mbere kizaba gitangije gahunda yo gutanga dose ya gatatu y’urukingo rwa COVID-19 isanzwe izwi mu rurimi rw’Icyongereza nka ‘booster shot’.

    Ibihugu byinshi byo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibyo mu Burasirazuba bwo Hagati, ibyo muri Afurika nka Maroc na Tunisie byatangiye gutanga dose ya gatatu ya Pfizer na Moderna ku barengeje imyaka 65 n’abandi bafite ibyago byinshi byo kuzahazwa n’icyorezo.

    Inzobere mu by’ubuzima zigaragaza ko uko umuntu akura cyangwa akibasirwa n’indwara zidakira ariko ubudahangarwa bw’umubiri bugenda bugabanuka.

    Ni ibintu zishingiraho zemeza ko kubaha dose ya gatatu byafasha imibiri guhangana na COVID-19 by’igihe kirekire. Iyi dose ya gatatu ishobora gutangwa hashize amezi atanu umuntu ahawe iya kabiri.

    Ibihugu byinshi by’i Burayi no mu Burasirazuba bw’Isi byafashe icyemezo cyo gutanga dose ya gatatu ubwo Coronavirus ya Delta yavuzaga ubuhuha.

    Iki cyemezo cyaturutse ku kuba Delta yaradutse mu gihe hari umubare munini w’abaturage bo muri ibi bihugu bari bamaze igihe barahawe dose ebyiri ndetse n’ubushobozi zifite bwo kurinda imibiri yabo bwaratangiye kugabanuka.

    Hafashwe icyemezo cyo gutanga dose ya gatatu cyane ku bakuze kuko ubwirinzi bw’imibiri yabo buba buri hasi bityo bigatuma bibasirwa cyane cyane na COVID-19.

    Iyi dose ya gatatu yatanze umusaruro cyane cyane mu bihugu nka Israel. Nyuma y’ibyumweru bibiri itangiye gutangwa muri iki gihugu kimwe cya kabiri cy’abaturage bafite imyaka 60 bari bamaze kuyihabwa.

    Ubushakashatsi bwakorewe muri Israel bwagaragaje ko guhabwa dose ya gatatu bigira icyo bimarira uyihawe ugereranyije n’uko yari kugumana ebyiri yahawe.

    Bwerekanye ko iyo umuntu ahawe dose ya gatatu y’urukingo rwa COVID-19 rumurinda ku kigero cya 93%, rukamugabanyiriza ibyago byo kuremba ku kigero cya 92% ndetse rukamurinda n’urupfu ruturutse kuri COVID-19 ku kigero cya 81%.

    Bivugwa ko abakuze aribo bazahabwa urukingo rwa gatatu kugira ngo rubongerere ubudahangarwa kurushaho

    source : https://ift.tt/3xM0e3v

  • #COVID19: Abagenzi binjira mu Rwanda baturutse mu bihugu icyenda bashyiriweho akato k’iminsi irindwi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kujya mu kato bijyana no gusuzumwa mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry
    Kujya mu kato bijyana no gusuzumwa mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo

    Ibyo bihugu ni Botswana, Eswatini, Lesotho, Malawi, Mozambique, Namibia, Afurika y’Epfo, Zambia na Zimbabwe, aho basabwa kumara iminsi irindwi (7), muri hoteli zabugenewe, bakiyishyurira ikiguzi cya serivisi bahabwa, uretse abaturutse muri ibi bihugu, iyi ngingo iranareba abakoreye ingendo muri kimwe muri ibi bihugu mu gihe cy’iminsi irindwi mbere y’uko bagera mu Rwanda.

    MINISANTE ivuga ko yafashe izo ngamba mu rwego rwo gukumira ikwirakira ry’ubwoko bushya bwa Covid-19, buzwi ku izina rya Omicron, buherutse gutangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima(WHO), nk’ubuteye impungenge, kubera uburyo bwanduramo byihuse ugereranyije n’izindi virusi zayibanjirije zirimo Delta ndetse na Alpha.

    Ku ruhande rw’abandi bagenzi binjira mu Rwanda baturutse mu bindi bihugu, Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko bagomba guhita bajya mu kato k’amasaha 24 muri hoteli zabugenewe kandi bakiyishyurira ikiguzi cya serivisi bahabwa.

    Ikindi ni uko abagenzi bose binjiye mu gihugu bazajya bapimwa Covid-19 (PCR test) biyishyuriye, bongere gupimwa ku munsi wa karindwi (7) nyuma yo kugera mu Rwanda, bigakorerwa ahantu hagenewe gupimirwa Covid-19, bishyurirwe na Guverinoma y’u Rwanda.

    Ibi byiyongeraho kuba abagenzi bose binjiye mu gihugu bagomba kwerekana icyemezo cy’uko bipimishije Covid-19, kandi ko nta Covid-19 bari bafite mbere yo gutangira urugendo.

    Uru rutonde ruzakomeza kuvugururwa ku bufatanye n’inzego mpuzamahanga zibishinzwe, hashingiwe ku isesengura ry’uko ubu bwoko bushya bwa Covid-19 buzaba bwifashe ku rwego rw’isi.


    source : https://ift.tt/3E3wGAB

  • Burera: Abanyeshuri batatu bapfiriye mu kiyaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Koga mu kiyaga cya Burera ngo biragoye kubera imiterere yacyo, dore ko nta n
    Koga mu kiyaga cya Burera ngo biragoye kubera imiterere yacyo, dore ko nta n’ahabugenewe hagaragara umucanga, hafatwa nk’aho ari hagufi

    Abo bana ku Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021 bari mu banyeshuri bari bitabiriye imikino ya Inter-class (ihuza abanyeshuri biga mu myaka itandukanye), yaberaga ku kibuga cy’umupira giherereye mu Mudugudu wa Sunzu, Akagari ka Nkenke.

    Ubwo iyo mikino yari irangiye, ahagana mu ma saa kumi n’igice, ngo batanu muri bo, bavuye aho yaberaga, bajya koga mu kiyaga, ubwo bageraga mu mazi bagerageza koga, batatu muri bo bararohama bibaviramo gupfa.

    Ni amakuru yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugarama, Hatumimana Concorde, wagize ati: “Abo bana bari bitabiriye imikino ya Inter-class, ubwo yari irangiye, bisa n’aho bacunze Ubuyobozi bwabo butababona, bava mu gace imikino yaberagamo, dore ko n’ikibuga bakiniragaho kitegereye ikiyaga, bakora akagendo bagana aho ikiyaga kiri, baroga bagira ibyago bararohama”.

    Ibi bikimara kuba, abo bana bakuwe mu kiyaga, bihutishirizwa ku kigo nderabuzima cya Rugarama, mu kubapima abaganga basanga bamaze gushiramo umwuka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugarama, avuga ko kurohama kwabo kwaba kwaratijwe umurindi no kuba imiterere y’igice bogeragamo, mu busanzwe bitorohera abantu kuba bahogera.

    Yagize ati: “Imiterere ya kiriya kiyaga cya Burera, urebye neza, nta hantu hazima ho kogera hahari. Usanga ku nkengero z’ibindi biyaga hari nk’umucanga ariko kuri kiriya kiyaga cya Burera nta mucanga cyangwa ubundi buryo bwakorohereza abantu koga nk’uko tubimenyereye ku bindi biyaga. Ni yo mpamvu dukangurira n’abandi bose kwirinda kwishora muri kuriya kiyaga ngo barahogera, mu rwego rwo gukumira impanuka n’ibyago nk’ibi twagize”.

    Abo banyeshuri bapfuye uko ari batatu ni umuhungu umwe w’imyaka 18 wigaga mu mwaka wa kane mu Ishami ry’Ubwubatsi n’abakobwa babiri barimo uw’imyaka 19 wigaga mu mwaka wa gatanu Ishami ry’ubukerarugendo n’uw’imyaka 21 y’amavuko wigaga mu mwaka wa gatandatu ishami ry’ubwubatsi.

    Ni mu gihe abayobozi b’Ikigo abo bana bigagaho, barimo Umuyobozi wacyo witwa Havugimana Roger na Animateur w’Ikigo witwa Uwimana Jean Claude bari bajyanye n’abanyeshuri bitabiriye iyo mikino, bahise batabwa muri yombi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Imirambo y’abo banyeshuri yahise ijyanwa mu bitaro bikuru bya Ruhengeri ngo ikorerwe isuzuma.


    source : https://ift.tt/3rjSogg