Tag: featured

  • Nyagatare: Abarinzi b’ibyambu bashyizweho bitezweho gukumira ibiyobyabwenge na magendu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abarinzi b
    Abarinzi b’ibyambu barateguza abinjiza ibiyobyabwenge na magendu ko batazabagirira impuhwe

    Abo barinzi b’ibyambu bagizwe n’urubyiruko ndetse n’abandi bantu bifuje gutanga umusanzu wabo mu gukumira abambukiranya umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bo mu mirenge itandatu ihana imbibi n’igihugu cya Uganda.

    Uko ari 402 bari bamaze icyumweru bahabwa inyigisho zizabafasha kwitwara neza mu kazi kabo, kuko bagombaga kugafatanyamo n’inzego z’umutekano.

    Ibyambu bigomba kurindwa ni 67 byagaragaye mu igenzura ryakozwe n’inzego z’umutekano, ibyari bisanzwe bizwi bikaba byari bitanu gusa.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko ubundi gukumira ibiyobyabwenge na magendu byakorwaga n’abayobozi ndetse n’inzego z’umutekano hatarimo uruhare rw’abaturage basanzwe.

    Nyamara ngo iyo ibiyobyabwenge byinjiye mu gihugu byica ubuzima bw’abaturage, bigasenya imiryango, bikungukira ababicuruza.

    Ati “Abaturage twabibukije ko iyo ibiyobyabwenge byinjiye byica ubuzima bwabo, bigasenya imiryango n’ingo ndetse bikazanavamo kwica igihugu, mu gihe kiri imbere kubera ko iyo kitabona abantu bavuka bafite ubuzima bwiza byanze bikunze mu gihe kiri imbere twazabura abakirinda n’abateza imbere ubukungu bwacyo”.

    Akomeza agira ati “Kuba hajemo urubyiruko, abaturage ubwabo bazi aho hantu, bazafatanya n’inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’ibanze, bizafasha gukumira ibyo bintu biva hirya no hino byangiza ubuzima bw’abaturage ndetse na magendu imunga ubukungu bw’igihugu”.

    Yasabye abaturage gushyira mu buzima bwabo ko gukumira ibiyobyabwenge na magendu bibareba ndetse bakanabitoza abo babyara.

    Abo barinzi b’ibyambu bazajya bagenerwa umushahara w’amafaranga y’u Rwanda 40,000 buri kwezi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko imishahara yabo kugera mu kwezi k’Ukuboza ihari kandi no mu ivugururwa ry’ingengo y’imari izongerwamo, ku buryo nta kibazo kizavuka mu kubahemba.

    Basabwe ariko kwirinda kuzagaragara mu bikorwa bya ruswa kuko byatuma baha icyuho abinjiza ibiyobyabwenge na magendu bagiye gukumira.

    Uwingabire Joselyne wo mu mudugudu wa Munini, Akagari ka Munini mu Murenge wa Kagitumba, avuga ko impamvu yahisemo kuba mu barinzi b’ibyambu ari uko yifuza ko igihugu kigira umutekano kuko ari wo byose.

    Agira ati “Icya mbere ni umutekano kuko uhari byose birashoboka, cyane iterambere. Hari aho nabonaga bitagenda neza ariko nzanye uruhare rwanjye kugira ngo bikosoke. Ikindi ariko nange nzarushaho kwiteza imbere kuko hari agahimbazamusyi kagenwe.”

    Minisitiri Gatabazi yasabye abarinzi b
    Minisitiri Gatabazi yasabye abarinzi b’ibyambu kutazashyira imbere inda bakarya ruswa

    Nsabimana Aphrodis umukuru w’umudugudu wa Gasyata akagari ka Tovu mu Murenge wa Kiyombe, avuga ko mbere yo kuwuyobora wari indiri y’ibiyobyabwenge ariko amaze gutorwa yiyemeza guhindura ayo mateka kuko ababikoraga yari abazi neza.

    Ati “Hari umuyobozi wari uhari baza kumufunga kuko yari abishyigikiye cyane, maze kumusimbura niyemeje kubirwanya kuko bari abaturanyi, turi ikiryango kimwe mbese. Utuyira twose naradufunze ndetse na bo barafungwa, ubu umudugudu wanjye ni amahoro”.

    Abarinzi b’ibyambu biyemeje gukorana imbaraga n’umurava bagakumira ibiyobyabwenge na magendu, ndetse n’abambukiranya imipaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko.


    source : https://ift.tt/3DQv0KO

  • Transparency Rwanda yagaragaje ko mu masoko ya Leta harimo ruswa nyinshi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu masoko ya Leta ngo higanje ruswa
    Mu masoko ya Leta ngo higanje ruswa

    Ubushakashatsi bwatangajwe taliki ya 3 Nzeri 2021, bugaragaza ko hari icyuho cya ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta, cyane cyane mu masoko y’imishinga minini yo kubaka ibikorwa remezo, ari na ho hibanzweho mu gukora ubwo bushakashatsi.

    Ba rwiyemezamirimo 473 bakorera mu Ntara zitandukanye bagaragaje niba barasabwe ruswa cyangwa barayitanze mu masoko bapiganira.

    Abakorera mu Mujyi wa Kigali basubije bangana na 44.40%, abo muri Nyarugenge hasubije 24.74%, muri Gasabo hasubiza 12.47% na ho muri Kicukiro bangana na 7.19%.

    Mu Ntara y’Iburengerazuba habajijwe abo mu Karere ka Rubavu 19.03%, mu Majyaruguru habazwa abo muri Musanze 18,60%, mu Burasirazuba habajijwe ab’i Nyagatare bangana na 6.77%, Rwamagana 3.17% na Gatsibo 0.42%, mu Majyepfo habazwa ab’i Muhanga bangana na 7.61%.

    Ababajijwe bose muri bo 20% bavuze ko bahuye na ruswa mu masoko ya Leta, abangana na 14.7% bavuga ko bayisabwe, mu gihe 6.3% bisabiye kuyitanga.

    Ubushakashatsi bwagaragaje ko abahuye na ruswa, 17.9% barayishyuye na ho 82.1% batigeze bayishyura.

    Ubushakashatsi bwagaragaje ko amafaranga makeya yatanzwe muri ruswa ari miliyoni imwe y’Amafaranga y’u Rwanda, na ho amafaranga menshi ni miliyoni 120 z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Ubushakashatsi bugaragaza ko bushingiye ku makuru yatanzwe n’ababajijwe bushimangira ko muri ayo mezi yose hatanzwe asaga miliyari 14.2 z’Amafaranga y’u Rwanda, akaba ari amafaranga ahagije ngo abe yakubaka umuhanda wa kaburimbo w’ibilometero 23.2.

    Appolinaire Mupiganyi, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency Rwanda, avuga ko ruswa ivugwa mu masoko ya Leta ari nini cyane bitewe n’amasoko aba ari manini abarirwa mu mafaranga menshi.

    Agira ati “Ubushakashatsi bwagaragaje ko ruswa ihari, ni ruswa nini kuko mu masoko ya Leta ni za miliyoni na miliyari ziba zivugwa, kandi ba rwiyemezamirimo benshi ni ho baba bategereje akazi, ni muri aya masoko ya Leta. Ikindi cyiyongeraho ni abashaka ayo masoko baba ari benshi.”

    Mupiganyi avuga ko n’ubwo hari intambwe ishimishije yashyizwe mu kuvugurura inzego no gutora amategeko akumira ruswa, ariko bamwe mu bayobozi hari igihe bashyiramo ukuboko bitewe n’ubunyangamugayo buke.


    source : https://ift.tt/2WOtvMk

  • Kigali: Umurenge wa mbere mu marushanwa yo guhangana na Covid-19 uzahembwa imodoka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w
    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solangeasobanura iby’ayo marushanwa

    Iyo gahunda ku rwego rw’Akarere ka Kicukiro yatangirijwe mu Murenge wa Kanombe, mu isoko rya Kabeza, ku wa Gatanu tariki 3 Nzeri 2021. Abayobozi kuva ku rwego rw’amasibo kugeza k’urw’umurenge basinyiye imbere y’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, kuzegukana ibyo bihembo.

    Abatuye Akarere ka Kicukiro kuva mu masibo bashyiriweho amarushanwa agamije kurwanya icyorezo cya Coronavirus, aho abazayatsinda bazahabwa ibihembo bitandukanye.

    Kuri uyu wa Gatanu mu bice bitandukanye by’akarere ka Kicukiro, hatangiye ubukangurambaga bugamije kongera imbaraga mu gukumira icyorezo cya Coronavirus, aho hashyizweho ibihembo kuva mu masibo azitwara neza.

    Mu murenge wa Kanombe ibi bikorwa byatangirijwe mu kagali ka Kabeza, aho abayobozi b’amasibo basinye imihigo imbere y’abayobozi b’umudugudu, mu gikorwa cyari gihagarariwe n’Umuyobozi w’uwo murenge.

    Bimwe mu byagarutsweho muri iyo mihigo, harimo kwiyemeza gukangurira abaturage kwitabira igikorwa cyo kwikingiza, kurwanya ubusinzi by’umwihariko ubukomoka ku nzoga z’inkorano biteza umutekano muke, ndetse no kudohoka ku ngamba zo kwirinda icyorezo.

    Abayobozi basinye imihigo
    Abayobozi basinye imihigo

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, Nkurunziza Idrissa, yavuze ko gusinya iyo mihigo bizafasha abaturage gukaza ingamba zo kwirinda, ndetse bakaba baniteguye kuba bakwegukana ibyo bihembo kuko n’ubusanzwe bajya babyegukana

    Ni gahunda irimo gukorerwa mu tugari twose, gusinya iyo mihigo bizafasha mu gukumira icyorezo cya Covid-19, hari icyizere kuko abahagarariye abandi baza kubagezaho imihigo, hari inzego zitandukanye zirimo umurenge wa Kanombe ziharanira ko umurenge wabo uzaza mu ya mbere ukazegukana imodoka, nk’uko Nkurunziza abivuga.

    Ati “Hari ibikorwa bigaragarara abaturage bamaze kugeraho, iyi gahunda irashimangira ibyo twari dusanzwe dukora ntabwo ari uyu munsi dutangiye, ariko icyo izafasha gikomeye ni uguhindura imyumvire y’abaturage, uburyo birinda Covid-19 n’uburyo bafashanya na bagenzi babo mu kuyirwanya”

    Irushanwa ry’imirenge 35 yo mu mujyi wa Kigali, kuri Kanombe si bishya kuko yagiye itwara ibihembo bitandukanye nk’ibijyanye n’isuku kuko n’imodoka ngo bigeze kuyegukana.

    Umutesi yavuze ko icyo barimo guharanira muri ayo marushanwa ari ukugira ngo abaturage bakomeze kwirinda.

    Ati “Icyo turimo guharanira ni ukugira ngo abaturage ntibirare, cyane ko bije amabwiriza dufite uyu munsi asa nk’aho hari ibintu byasubukuwe harimo nko gutaha saa yine, ibyo rero turimo kubikora ngo abaturage batirara, batumva ko ibintu byinshi byasubukuwe bityo ko icyorezo cya Coronavirus cyarangiye”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w
    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, Nkurunziza Idrissa

    Yashimiye Umurenge wa Kanombe wari ufite ibyiciro by’abaturage birimo abayobozi kuva ku masibo ndetse by’umwihariko hakabamo n’icyiciro cy’abacuruzi gihagarariye abandi bafatanyabikorwa mu kurwanya icyo cyorezo.

    Yashimiye kandi abacururiza mu isoko rya Kabeza ku kuba ryarabaye intangarugero mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, abasaba kwigisha n’abandi uko byagenze ngo bagume mu mihigo yo kubahariza amabwiriza, hato imibare y’abandura itongera kuzamuka.


    source : https://ift.tt/3BEHAes

  • Theo Bosebabireba arasaba imbabazi ku byaha byo gusinda no gutera abakobwa inda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Theo Bosebabireba avuga ko asaba imbabazi kandi yifuza kwakirwa nk
    Theo Bosebabireba avuga ko asaba imbabazi kandi yifuza kwakirwa nk’umuntu wahindutse

    Theo Bosebabirebe avuga ko abakobwa yemera yateye inda bakabyarana abana ari bane, babiri bakaba aribo babisakaje na ho abandi babiri bakaba barabyihoreye, icyakora ahakana ko yaba yarateye inda abandi bakobwa mu bindi bihugu yajyagamo.

    Mu kiganiro yagiranye na televiziyo zikorera kuri Murandasi zirimo na Isimbi TV, yavuze ko nyuma yo kuvugwaho ibikorwa by’ubusinzi no gutera inda byose yabyemeye kuko byose byari byo.

    Yavuze ko yahanishijwe igihe kingana n’umwaka wose adakandagira mu iterorero ADEPR kandi atanaribimba mu itorero, ategekwa no gusaba imbabazi abo yateye inda, byose akaba yarabikoze ubu ibihano yahawe bikaba byararangiye.

    Avuga ko muri 2019 yaje mu Rwanda bucece agakorera amateraniro i Nyanza ku Gasoro, ariko n’aho yabaga muri Uganda nta bihangano byinshi yakoze, kuko yagiye muri Uganda amaze gusohora indirimbo ‘Kubita utababarira’ ari nabwo yaje gukubitirwa muri Uganda nyuma yaho gato.

    Theo avuga ko azi neza ko uwamubona wese yamubaza amakuru kuri ibyo bikorwa bigayitse yavuzweho byatumye atongera kumvwa no gucibwa iryera mu gihe cyose cy’imyaka itatu ataba mu Rwanda.

    Agira ati “Ndashaka kuvuga ko abavuze ibyo nabakoreye mu bitangazamakuru bikorera kuri Murandasi bakoze kuko batumye ntinyuka kuvuga ko nyuma y’uko njya kuba mu Bugande byari byarabaye, ariko ubu sinkibikora kandi ntabwo mbihakana”.

    Ku kijyanye n’ubusinzi n’ubusambanyi ngo byatangiye bamushinja gukorana indirimbo n’abantu badakijijwe, aho atanga urugero rwa AMAG the Black na Senderi basubiranyemo indirimbo ye ‘Ingoma yawe niyogere’.

    Agira ati “Ibyo bavugaga byarabaye byari byo, icy’ubusinzi cyari cyo, icyo gukorana indirimbo n’abandi cyari cyo, n’icyo cyo gutera inda cyari cyo, nta na kimwe kitari cyo, nta n’ubwo nigeze mbabazwa n’uwampagaritse kuko ntawe waguhana ngo ukore igihano utazi. Nategetswe kujya gusaba imbabazi abo nahemukiye kandi narabikoze, uwo ari we wese bantumyeho namugezeho”.

    Yongeraho ati “Hari abaje hano bampannye ariko abataraje ni bo bampannye kuruta uwaje hano akabivuga, hari abangoye cyane kugeza aho abo nasabaga imbabazi bantegekaga ko tujyana iwabo, ariko n’abatari bafite ibibazo ku byo twakoranye, bose bampinduye umuhemu ariko hari n’abatarigeze bangora kuko babonaga n’ibyo ndimo bitanyoroheye”.

    Theo asaba imbabazi abakunzi be n’abakobwa yateye inda

    Theo avuga ko abantu bumvise amagambo mabi amuvugwaho na bo abasaba imbabazi kandi akifuza ko ibyabaye byarangirira aho, agatangira kwiga kubana nabyo kuko byamugizeho ingaruka.

    Agira ati “Niba narahawe ibihano nkaba maze imyaka ibiri ntemerewe kuririmba, izo ni ingaruka z’ibyo nakoze, no kuba narimutse nkajya muri Uganda na zo ni ingaruka zabyo ku buryo ntari no kubona irindi torero nakwimukiramo kuko bumvaga naba mfatanije na bo ibyaha”.

    Avuga ko uwaba yarakomerekejwe n’ibyo yakoze binyuranyije n’ibyo yaririmbaga mu butumwa yatangaga yamubabarira akareka kumurakarira, kuko nk’umuntu ibyo yakoze yabishutswe na Satani.

    Agira ati “Nageze igihe ngira intege nke bituma nkora ibintu bigayitse ariko ndacyahari kandi nkeneye kubana n’abantu, ndacyahari naracitswe ariko nasabye Imana imbabazi n’abo nahemukiye kandi binabaye ngombwa ko nsaba imbabazi buri wese nabikora”.

    Ku bakobwa bivugwa ko yateye inda akabangiriza ejo habo heza, Theo avuga ko nta gikomere kitomorwa cyangwa kitakira kandi yiyemeje kurwana intambara yo kubakiza ibikomere yabateye.

    Avuga ko abo bakobwa bakomeza kuvugana n’ubwo batabonana kandi yizera ko hari icyo bizajya bibafasha, kuko ibyavuzwe byose uwo yakomerekeje yiteguye kumufasha uko ashoboye ngo ibyabaye bitazongera, kuko ibyabaye ari ingaruka z’icyaha.

    Agira ati “Abakobwa bane ni bo nateye inda si ubwa mbere mbivuze kuko no mu itorero narabivuze, amakosa si njyewe wayaremye ni ibyago nagize, abana nemeye mu itorero ni bane, ababitangaje ni abakobwa babiri, ntabwo navuga ibitandukanye n’ibyo navuze mu itorero, ukuri niko kwiza nta kubeshya kuko utavugishije ukuri n’ubundi hazazamo ibindi bibazo”.

    Umugore wa Theo ngo bakomeje kubana neza n’ubwo afite abakeba benshi

    Theo avuga ko ibyabaye byageze no ku mugore we kandi yabyitwayemo neza kuko yabyihanganiye urugo rukaba rutarigeze rusenyuka, n’ubwo habayeho ibintu byinshi umugore we akanabimenya.

    Agira ati “Usibye na Madamu, nanjye nshobora kuba nararize aho mutabonye, madamu azi ko mu isi harimo satani kandi ntabwo muzumva satani yagiranye ikibazo n’intama cyangwa ihene, ashaka abantu gusa kandi barimo na Theo, umugore wanjye arabizi ko ntawe utagwa mu makosa”.

    Avuga ko kuba urugo rwe rutarasenyutse ari ikimenyetso cy’uko Imana imukunda kandi yiyemeje kureka amafuti ye, agakomeza urugendo kuko kuba urugo rwe rutarasenyutse ari ukwihangana k’umugore we.

    Avuga ko kuba ibyabaye byaramenyekanye ari byo byamufashije guhinduka kuko iyo bikomeza byashoboraga kumugeza kure kurusha ko byamenyekanye agatangira kwitekerezaho no kwihana ngo ahinduke.

    Theo avuga ko yicuza byose yakoze kubera ingaruka zikomeye byamugizeho kuko n’ubu agihanganye nazo, agasaba umuryango w’abakunzi be kumwakira neza kuko atifuza ko nyuma y’ibyabaye hari uwakomeza kumurwarira inzika.

    Zimwe mu ngaruka Theo avuga ibyo yakoze byagize ni uko akazi ke ko kuririmba kahagaze, ku buryo n’uko yagerageje ariko byananiranye kuko mu myaka itatu adakora kandi yari atunzwe n’umuziki byamuteye igihombo kinini cyane.

    Avuga ko ibyatumye agwa yifuza ko byanabera abandi urugero, ari ukugira amakenga ku buryo gukundwa n’abantu benshi icyarimwe byatumye atagira amakenga ngo yirinde mbere yo kugwa mu makosa.

    Avuga ko isomo yakuye mu bibazo yanyuzemo ari uguca bugufi no kwihangana, na ho isomo ry’ubuzima akaba asaba abantu kugirana imibanire myiza n’abandi, byakunda ukabana na benshi kuko iyo ugize ikibazo usigaragana n’abo mwabanye.


    source : https://ift.tt/2Vg60LP

  • U Bugiriki bwashyikirije u Rwanda inkingo ibihumbi 200 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Izo nkingo zakiriwe ku itariki ya 3 Nzeri 2021 ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisitiri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Lt Col Dr. Tharcisse Mpunga.

    Alexandros Diakopoulos, Umuyobozi mukuru ushinzwe ubutwererane n’iterambere ry’ubutabazi muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bugiriki, ashyikiriza u Rwanda izo nkingo yavuze ko impano yatanzwe ari ikimenyetso cyerekana ko u Bugereki bwiteguye kugirana ubufatanye bwa hafi n’abaturage b’u Rwanda. Ati “Ni ikimenyetso cy’ubufatanye bwacu n’abaturage bo mu Rwanda”.

    Dr. Mpunga yavuze ko ubufatanye u Rwanda rufite n’ibindi bihugu buzarufasha kubona inkingo zigera ku bantu benshi.

    Ati “Turizera ko izi nkingo zizafasha cyane cyane abasaza bo mu cyaro kubera ko bashobora kwibasirwa cyane n’icyorezo cya Covid-19”.

    Akomeza avuga ko izi nkingo ari ikimenyetso cy’umubano mwiza uriho hagati y’Ingabo z’Abagiriki n’iz’u Rwanda.

    Ibi bije bikurikira uruzinduko Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura aherutse kugirira mu Bugiriki.

    source : https://ift.tt/3tdrc1B

  • Abashoferi baributswa kudasoma ku bisindisha bagiye gutwara ibinyabiziga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Zihabake Potien w’imyaka 40, yavuze ko yafashwe mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 2 Nzeri 2021 ubwo yari avuye mu bukwe. Yafatiwe mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Rwezamenyo aho bakunze kwita kuri RP, yavuze ko ubundi muganga yari yaramubujije inzoga ariko icyo gihe yatashye ubukwe bamuha akayoga ka Kinyarwanda kavuye mu cyaro anywa akarahure kamwe gusa.

    Ati “Hari saa tatu z’ijoro ngeze kuri RP ntwaye imodoka mpasanga abapolisi barampagarika bampimye basanga mfite igipimo cya 1.31 bya Alukolo. Nari nanyoye akarahure kamwe gusa k’inzoga ya Kinyarwanda sinatekerezaga ko biri bugere kuri biriya bipimo, byarantunguye”.

    Zihabake yavuze ko abikuyemo isomo rikomeye atazongera gukoza ikitwa inzoga mu kanwa ari butware ikinyabiziga. Yagiriye inama n’abandi bashoferi kwirinda gusoma ku musemburo kandi bazi ko bari butware ikinyabiziga.

    Harerimana Jean yavuze ko yafatiwe mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gatsata, akiyemerera ko mbere yo gutwara imodoka yari yanyoye uducupa tubiri dutoya tw’ikinyobwa gisembuye.

    Yagize ati “Nari nanyoye uducupa dutoya (udupetit) tubiri gusa tw’ikinyobwa gisembuye gikorerwa hano mu Rwanda, sinatekerezaga ko abapolisi nibamfata baza kunsangamo igipimo cya 2.51 bya alukolo. Numvaga ko kuba nari nariye ibiryo nta kibazo biri buteze”.

    Ari Zihabake na Harerimana na bagenzi babo, baremera ko bari basanzwe babizi ko gutwara ikinyabiziga wanyoye ibisindisha bitemewe kandi bishobora guteza impanuka mu muhanda, cyangwa ukabangamira abandi barimo kuwukoresha. Basabye imbabazi Polisi bavuga ko bacitswe batazabisubira banakangurira n’abandi kubyirinda.

    CSP Africa Apollo Sendahangarwa
    CSP Africa Apollo Sendahangarwa

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije, CSP Africa Apollo Sendahangarwa yibukije abafatwa bagatanga impamvu ko bari basomye gakeya, ko ibipimo bitagaragaza ingano y’inzoga yanyowe ahubwo ibipimo bigaragaza ingano y’umusemburo wa Alukolo.

    Yagize ati “Abantu bamenye ko iyo wasomye ku bisindisha ibipimo birabigaragaza, ntabwo bigaragaza umubare w’amacupa cyangwa umubare w’amalitiro wanyoye ahubwo bigaragaza ingano ya Alukolo wanyoye. Ni yo mpamvu ushobora kunywa ako wita gakeya ariko bagupima bikagaragaza ko warengeje igipimo cya 0.8.”

    Yakomeje augira inama abantu kujya birinda gusoma ku bisindisha habe na gake igihe cyose bazi ko bari butware ikinyabiziga. Aberetswe itangazamakuru uyu munsi uko ari 40 bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bafashwe kuva mu ijoro ryo ku itariki 30 Kanama kugeza taliki ya 2 Nzeri 2021, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.


    source : https://ift.tt/3jLoYU6

  • Gisagara: Barasaba kurenganurwa nyuma y’imyaka itatu bahinga bakonerwa n’inka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuceri waronwe ku buryo ntacyo umuhinzi yamuye
    Umuceri waronwe ku buryo ntacyo umuhinzi yamuye

    Uwo mushoramari yitwa Claude Safari, ariko abaturiye ibiraro bye bavuga ko amatungo yose yoroye ashobora kuba atari aye wenyine, ahubwo afite n’abandi bantu bayafatanyije, kuko ngo yoroye inka zibarirwa mu 100, ihene zitari nkeya, inkoko na za dendo.

    Nko mu Mudugudu wa Ryarumenangiga, hafi y’igikumba cy’ahororerwa inka ari na zo zonera abaturage, ubu ahahoze intoki hari imitumba ihahagaze, na yo yatangiye kuma. Ku musozi ndetse no mu kabande, nta myaka ihari nyamara ba nyiri imirima bavuga ko hari ahari hahinze imyumbati, ahandi ibijumba, ahandi intoryi.

    Mu gishanga cyagenewe guhingwamo umuceri, nta muceri ukirangwa ahagana ku nkuka, kuko uwari ukuze inka zawuriye zikarya n’amatere, ngo hari n’imbuto bari binaje na zo inka zonnye.

    Abafite imirima muri icyo gice gihora cyonwa bavuga ko iki kibazo kimaze imyaka itatu, ko bagerageje kuregera ubuyobozi ntibigire icyo bitanga, ku buryo ubu ngo bigeze aho basigaye bajya no mu nama, uyiyoboye akavuga ngo babaze ibindi uretse iby’ubwone “kuko bakwiye kubyibagirwa nk’uko shitani yibagiwe ijuru cyangwa ishapule”.

    Uwitwa Goretti Mukantabana avuga ko ari mu bagaragaje iki kibazo bwa mbere, nyuma y’uko yari yonesherejwe ubunyobwa yateyemo imbuto ya mironko eshanu, n’ibishyimbo yari yateyemo mironko eshanu.

    Ngo yagerageje kurega ku Murenge, agera ku Karere ndetse no ku Ntara hamwe no kuri RIB ku rwego rw’igihugu, baza kwemera kumwishyura imbuto yahinze ku mafaranga ibihumbi 60.

    Agira ati “Banyishyuye ibihumbi 40, bambwira ko bazanyishyura n’asigaye, ariko ntayo bampaye. Gusa nyuma yaho barushijeho kunyoneshereza bavuga ko barishye”.

    Ignace Bangamwabo bigaragara ko ari umugabo w’igikwerere, n’ijwi wumva ririmo ikiniga na we yagize ati “Yanyoneshereje imirima ibiri y’umuceri usigaje icyumweru kimwe ngo nsarure, n’imigende umunani y’ibijumba, bambariye bahagenera ibihumbi 450. Hari mu kwa 7 ariko na n’ubu nta n’igiceri cya 10 barampa. Ndagenda ngo nzaze ejo, abana baraburara. Ni ugupfa nta kundi”.

    Gratia Nzamwitakuze na we ati “Njyewe nari mfite umurima w’umugoti n’igice hafi y’ibiraro. Nahinze amasaka sinasarura, mpungikamo imyumbati sinarya, nshyiramo amateke sinarya, insina zirarya zirarangiza. Uko mpinze sinsarure, inzara inyishe ndahamuha anyishyura ibihumbi 10 gusa, none n’ubwone banze kubunyishyura ngo byararangiye”.

    Muri rusange aba baturage kimwe na bagenzi babo benshi bonesherejwe kuko ubungubu imisozi yambaye ubusa, bavuga ko iyo bitegereje basanga uriya mushoramari aboneshereza kugira ngo nibarambirwa bazamugurishe ubutaka bwabo ku mafaranga makeya, kandi ni na ko bigenda.

    N’ikimenyimenyi, ngo uretse kuba bavuga ko amatungo yabacitse akajya kona imyaka nk’ibishyimbo, imyumbati n’ibindi, usanga iyo bari mu rutoki bazigaburira.

    Uwitwa Josée Mukeshimana ati “Ibitoki aho inka idashyikira, baragonda bakazihereza. N’amakoma ni uko”.

    Ibi bituma hari abaturage usanga barasigaye iheruheru. Urugero nko ku bamugurishije ubutaka, harimo batatu bapfuye imiryango yabo ubu ikaba yarasigaye ntaho ihagaze. Ngo hari n’uwapfuye habura ahava amafaranga yo kugura ikirago cyo kumushyinguramo.

    Ntitwabashije kuvugana na Safari ngo atubwire aho ageze yishyura abo yoneshereje ndetse n’ingamba yafashe kugira ngo bihagarare, kuko twamushatse kuri terefone tukamubura.

    Icyakora, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Jean Baptiste Kayinamura, avuga ko batangiye gukemura icyo kibazo, bagasaba Safari kuzitira ubutaka bwe, kugira ngo amatungo ye yoye gukomeza konera abaturage, n’ubwo atarabitangira.

    Izi nsina nazo zonwe n
    Izi nsina nazo zonwe n’izo nka

    Ubwone na bwo ngo bwarabazwe kandi yiyemeje kuzabwishyura, anasabwa guhindura abashumba kuko abo afite birangarira bakoneshereza abaturage.

    Naho ku bijyanye no kugura ubutaka, ngo yabwiye abaturage ko ari uburenganzira bwabo kubugurisha cyangwa kutabugurisha.

    Yungamo ati “Uwumva yanyurwa n’amafaranga bamwishyura, ariko utabishaka ashobora no kureba isambu, hanyuma nyiri inka akaza akayishyura, akamuguranira”.

    Gitifu Kayinamura anavuga ko kariya gace Safari arimo kororeramo byemejwe n’Inama Njyanama y’Akarere ka Gisagara ko kazagirwa agace k’ubworozi, mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku buhinzi n’ubworozi.

    Icyakora, umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe ubukungu, Jean Paul Habineza, avuga ko ibi ntaho bihuriye no kuba abaturage bonesherezwa kugira ngo bagurishe ubutaka bwabo, kuko Safari yari ahasanganywe isambu nini yasigiwe n’ababyeyi be.

    Twifuje kumenya icyo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga kuri iki kibazo abaturage bavuga ko kimaze imyaka itatu cyarabuze gikemuka, atubwira ko yavuganye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara, akabusaba kugikemura, kandi ko na we azaza kwirebera uko byifashe.


    source : https://ift.tt/3DJR2Pv

  • Iburasirazuba: Ba rwiyemezamirimo bato basobanuriwe ko gukoresha EBM na bo bibareba – #rwanda #RwOT

    Ni ibiganiro byabereye mu Karere ka Kayonza byitabirwa n’urubyiruko rw’ingeri zitandukanye rukora ubucuruzi hirya no hino muri iyi Ntara.

    Umutesi Chantal uhagarariye urubyiruko rw’Iburasirazuba yavuze ko ubusanzwe bari bazi ko EBM itabareba nk’urubyiruko kuko akenshi baba bafite igishoro gito.

    Ati “ EBM nk’urubyiruko abenshi twumvaga ko ari ikintu kitujyana mu bihombo kuko tuba dufite igishoro gito cyane, ariko mu by’ukuri batwereka ibyiza byayo kandi nk’uko turi urubyiruko tukaba n’imbaraga z’igihugu cyacu tugomba kuba intwari muri buri kimwe cyose, twabasezeranyije ko tugiye gushishikariza n’urundi rubyiruko kuyikoresha kandi tuzabishobora.”

    Ndaruhutse Lando ucuruza imiti y’amatungo n’iy’ibihingwa mu Karere ka Kayonza, we yavuze ko ubundi EBM bayifataga nk’imashini y’abacuruzi bakuru bakoresha hejuru ya miliyoni 20 Frw kuzamura.

    Ati “ Ikindi twayitekerezagaho ni uko na none igomba gukoreshwa n’abantu bamaze gutera imbere bamaze igihe kinini mu kazi ariko uyu munsi badusobanuriye turabyumva, ni imashini igomba gukoreshwa na buri wese, twamenye ko aho waba uri hose wayikoresha wifashishije ikoranabuhanga.”

    Ndaruhutse yavuze ko kuri ubu bagiye kongera imbaraga mu gukoresha EBM no gushishikariza abandi kuyikoresha kugira ngo bafatanye n’abandi mu kubaka igihugu.

    Ntihabose Aimable waturutse mu Karere ka Ngoma we yavuze ko kuva mu 2017 ubwo yatangiraga ubucuruzi yahise atangira gukoresha EBM kandi ngo imaze kumufasha mu bugenzuzi bw’ubucuruzi bwe, yavuze ko abataramenya akamaro kayo ari bo bayifata nk’iyaje kubasoresha cyane yemeza ko ahubwo yaje mu kubafasha mu bucuruzi bwabo.

    Komiseri wungirije ushinzwe abasora muri RRA, Uwitonze Jean Paulin, yavuze ko bifuza ko abacuruzi bose bakoresha EBM ubu buryo ngo babutangije mu mpera z’umwaka ushize bakaba babwizeyeho kuzafasha abacuruzi mu gukurikirana ubucuruzi bwabo.

    Yakomeje agira ati “Hari imyumvire n’abantu bari gukwirakwiza amagambo atari yo kuri EBM, bavuga yuko EBM ica umusoro, ntabwo ari byo EBM ni uburyo bwo gutanga inyemezabuguzi yemewe, iyo ni yo turi gukangurira abantu.”

    Komiseri Uwitonze yavuze ko kandi hari abantu bavuga ko EBM ifatwa n’abantu basora arenga miliyoni 20 Frw ku mwaka avuga ko atari byo ahubwo ko ifatwa n’umucuruzi wese, buri wese akaba afata EBM ijyanye n’ubucuruzi afite.

    Mu Ntara y’Iburasirazuba hari abacuruzi bagera ku 15 400 bari gukora bamenyekanishije umusoro ku nyungu, abamaze kwitabira gukoresha EBM ni 3400 na ho abandi 12 000 ntibarabasha kuyikoresha.

    Umwe muri ba rwiyemezamirimo bato watangaga igitekerezo cy’uko bumvaga ikoreshwa rya EBM

    source : https://ift.tt/38Dn4OO

  • Numvaga ko kuba nari nariye nta kibazo biri buteze – Ibisobanuro by’abafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha – #rwanda #RwOT

    Umugabo w’imyaka 40 yavuze ko yafashwe mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 2 Nzeli ubwo yari avuye mu bukwe.

    Yafatiwe mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Rwezamenyo aho bakunze kwita kuri RP.

    Yavuze ko ubundi muganga yari yaramubujije inzoga ariko kuri uyu wa Kane yatashye ubukwe bamuha “akayoga ka Kinyarwanda kavuye mu cyaro” anywa akarahure kamwe gusa.

    Ati “Hari saa tatu z’ijoro ngeze kuri RP ntwaye imodoka mpasanga abapolisi barampagarika bampimye basanga mfite igipimo cya 1,31 by’umusemburo wa Alcool. Nari nanyoye akarahure kamwe gusa k’inzoga ya Kinyarwanda sinatekerezaga ko biri bugere kuri biriya bipimo, byarantunguye.”

    Mugenzi we yavuze ko yafashwe ku wa Kane tariki ya 2 Nzeri mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gatsata.

    Yemera ko mbere yo gutwara imodoka yari yanyoye uducupa tubiri dutoya tw’ikinyobwa gisembuye.

    Yagize ati” Nari nanyoye uducupa duto tubiri gusa tw’ikinyobwa gisembuye gikorerwa hano mu Rwanda, sinatekerezaga ko abapolisi nibamfata baza kunsangamo igipimo cya 2,51 bya alcool. Numvaga ko kuba nari nariye ibiryo nta kibazo biri buteze.”

    Abo bantu bose uko ari 40 bamera ko bari basanzwe babizi ko gutwara ikinyabiziga wanyoye ibisindisha bitemewe kandi bishobora guteza impanuka mu muhanda cyangwa ukabangamira abandi barimo kuwukoresha.

    Basabye imbabazi Polisi bavuga ko bacitswe batazabisubira banakangurira n’abandi kubyirinda.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije, CSP Africa Apollo Sendahangarwa, yibukije abafatwa bagatanga impamvu ko bari basomye gake ko ibipimo bitagaragaza ingano y’inzoga yanyowe ahubwo ibipimo bigaragaza ingano y’umusemburo wa alcool.

    Ati “Abantu bamenye ko iyo wasomye ku bisindisha ibipimo birabigaragaza, ntabwo bigaragaza umubare w’amacupa cyangwa umubare w’amalitiro wanyoye ahubwo bigaragaza ingano ya alcool wanyoye. Ni yo mpamvu ushobora kunywa ako wita gakeya ariko bagupima bikagaragaza ko warengeje igipimo cya 0,8.”

    Bose bahuriza ku kuba bari basomye ku nzoga ariko ko batari basinze

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije, CSP Africa Apollo Sendahangarwa, yasabye abatwara ibinyabiziga kwirinda kunywa ibisindisha

    source : https://ift.tt/3BK5uVI

  • RDB yashyizeho amabwiriza agomba kubahirizwa n’abitabiriye ibitaramo – #rwanda #RwOT

    Kuva muri Werurwe 2020, nta gitaramo na kimwe kirabera mu Rwanda kuko byose byahagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19.

    Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 1 Nzeri, yanzuye ko “ Ibindi birori n’amakoraniro rusange (ibitaramo by’abahanzi, festival, imurikabikorwa n’ibindi) bizafungura mu byiciro. Abemerewe kwitabira ibyo birori bagomba kuba barakingiwe COVID-19 kandi babanje kwipimisha. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na RDB.”

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, risobanura ko abantu bose bitabira ibitaramo harimo ababitegura n’abatanga serivisi zitandukanye, bagomba kuba bafite icyangombwa kigaragaza ko bipimishije Covid-19 kandi bakaba batanduye.

    Kwipimisha bigomba kuba byakozwe mbere y’amasaha 72 y’igikorwa hifashishijwe uburyo bwa PCR cyangwa se ubuzwi nka Rapid Test.

    Ku bikorwa bibera ahantu hafunganye, abantu bemewe ni 30% by’ubushobozi bw’aho hantu mu gihe ahantu hafunguye ho hemewe abantu 50% by’ubushobozi bwaho.

    Ikindi ni uko abitabira bose bagomba kuba bahanye intera ya metero hanyuma abategura ibyo bikorwa, bakabisabira uburenganzira nibura iminsi 10 mbere y’igikorwa nyir’izina.

    Ku rundi ruhande, abantu bacuranga mu buryo bwa live bemerewe gukora mu nyubako zakirirwamo abantu nka hotel ariko na bo bagomba kuba bipimishishije mbere y’amasaha 72, bahanye intera ya metero, kandi bambaye udupfukamunwa.

    Ayo mabwiriza azajya akurikizwa kandi ahantu habera inama, aho abazajya bemererwa kwitabira ari 30% by’ubushobozi bw’icyumba mu gihe gifunganye na 50% mu gihe ari ahantu hanze hatanga umwuka.

    Hotel na zo zizajya zakira 30% by’ubushobozi bwazo mu gihe ahakirirwa abantu hafunganye na 50% mu gihe ari hanze. Gusa abakiliya bagirwa inama yo kwikingiza Covid-19 nk’uburyo bumwe bubafasha ntibandure iki cyorezo.

    Ba mukerarugendo basura Pariki za Nyungwe, iy’Iburanga, Gishwati-Mukura na bo bagomba kuba bipimishije mbere y’amasaha 72 bakoresheje uburyo bwa PCR mu gihe muri Pariki ya Akagera ho hemewe Rapid Test.

    PUBLIC NOTICE: Updated COVID-19 guidelines for the Tourism and Hospitality Industry from 2-22 September 2021.#VisitRwanda pic.twitter.com/2KFKvN2DNz

    — Rwanda Development Board (@RDBrwanda) September 3, 2021


    source : https://ift.tt/3kTR5zB