Tag: featured

  • Nyanza: Polisi yagaruje moto yari imazee amasaha arindwi yibwe – #rwanda #RwOT

    Yibwe mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gatenga. Iyi moto yafatanwe umusore w’imyaka 20 tariki ya 3 Nzeri , ifatirwa mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Mukingo, Akagari ka Gatagara, Umudugudu wa Karuhwanya.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko uwo musore yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Yagize ati” Abaturage bo mu Murenge wa Mukingo babonye agurisha moto bamugirira amakenga batanga amakuru kuri Polisi y’u Rwanda. Yafashwe arimo gushaka umukiliya uyigura ku mafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500, yayigurishaga nta byangombwa byayo bigaragaza ko ari iye. Ubwo nibwo Polisi yahise ihagera imufata arimo kugurisha iyo moto.”

    Uwo musore amaze gufatwa yemeye ko moto yayikuye aho bari bayihagaritse mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro. Yavuze ko yayitwaye ahagana saa yine za mu gitondo. Nyuma byaje kugaragara ko moto ari iya Habimana Janvier wo mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga.

    Habimana yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba yamugaruriye moto ye atatekerezaga ko izaboneka mu gihe gito nk’icyakoreshejwe ngo iboneke.

    SP Kanamugire yashimiye abaturage batanze amakuru kugira ngo iriya moto iboneke ndetse n’ucyekwaho kuyiba akaboneka, yagiriye inama abishora mu bikorwa by’ubujura ko nta mahirwe bazagira kubera imikoranire iri hagati ya Polisi n’abaturage mu kurwanya ibyaha.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yagiriye inama abatwara za moto kuzishyirishamo ikoranabuhanga rya GPS kugira ngo bizage byoroha kubona aho moto bityo iyibwe ifatwe hakiri kare.

    Uwafashwe yashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Ruhango kugira ngo hatangire iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2),ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira.

    Iyi moto yafashwe nyuma y’amasaha arindwi yibwe, uwayifashe yari agiye kuyigurisha

    source : https://ift.tt/3kUNIbG

  • Kayonza: Umugabo wishe umugore amukasemo kabiri yakatiwe burundu – #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo ku itariki ya 26/06/2021 rishyira ku wa 27/6/2021 mu mudugudu wa Nyarunazi, Akagari ka Musumba, Umurenge wa Nyamirama, Akarere ka Kayonza ho mu Ntara y’Iburasirazuba, nibwo umugabo w’imyaka 36 y’amavuko, yiciye mu nzu ye umugore w’imyaka 36 y’amavuko utuye hafi ye wari waje aho mu rugo.

    Bukeye tariki ya 27/06/2021, uyu mugore yakomeje kubura bigeze mu ma saa sita bibaza aho yaba yagiye kuko atakundaga kubura mu rugo rwe igihe kirekire; nibwo abantu batanze amakuru ko baraye bamwumvise mu rugo rw’uyu mugabo.

    Abayobozi bagiye muri urwo rugo rw’uyu mugabo uregwa bahasanga amaraso n’ibitonyanga byayo bikomeza ku irembo, bakurikira ayo maraso yerekeza ku gisimu gifite uburebure bwa metero 7 z’ubujyakuzimu, icyo gisimu kiri mu kirometero kimwe na metero 200 uvuye mu rugo rw’uregwa.
    Uregwa avuga ko uyu mugore yaje iwe nijoro agashaka kumwiba amafaranga ye ariko aramusaka arayamwaka, akavuga ko yamufashe ukuboko noneho akamwishika akagwa hasi muri salon; nyuma nibwo yagarutse kumureba asanga atagihumeka.

    Yireguye abuga ko amaze kubona yamaze gupfa, ngo nibwo yanze kubibwira abantu ngo batavuga ko ari we wamwishe, ahubwo ahitamo kumukatamo ibice bibiri akoresheje icyuma, arangije atwara ibyo bice by’’umubiri wa nyakwigendera abita mu gisimu ari naho babisanze.

    Urukiko rwashingiye ku bimenyetso, rumuhanisha igihano cy’’igifungo cya burundu hashingiwe ku ngingo ya 107 y’ y’Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, uko ryahinduwe kandi ryujujwe kugeza ubu, riteganya ko “umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’Urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.”


    source : https://ift.tt/3zME5SJ

  • Umukinnyi w’amagare, Ishimwe Patrick yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ishimwe Patrick witabye Imana
    Ishimwe Patrick witabye Imana

    Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, ni we watangaje ayo makuru abinyujije ku rubuga rwa Twitter, aho yavuze ko Ishimwe yakoreye iyo mpanuka yamuhitanye mu Karere ka Kamonyi ari mu myitozo.

    Minisitiri Munyangaju yakomeje yihanganisha umuryango wa nyakwigendera ndetse n’umuryango mugari w’abakinnyi b’amagare.

    Imana imuhe iruhuko ridashira.


    source : https://ift.tt/2WSKnS0

  • Nashatse ko areka Hip Hop ariko arananira – Uwera Jean Maurice uvukana na Jay Polly #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwera Jean Maurice ubu ukora ibijyanye n
    Uwera Jean Maurice ubu ukora ibijyanye n’itangazamakuru, kera ngo yakundaga Hip Hop biviramo na Jay Polly kuyikunda

    Ati “Yavutse ndi mukuru nsigaye nijyana ku ishuri batakimbwira ngo urajyana n’imodoka ya papa ku ishuri. Yavutse ari umwana munini w’inzobe ufite imisatsi myinshi kandi y’irende. Yavukiye ku ivuriro riri imbere ya Camp Kigali ryari rigezweho icyo gihe.”

    Uwera avuga ko Jay Polly akivuka mu 1988 atabyishimiye kuko yumvaga ko iwabo bagiye kwita kuri Jay Polly kurusha uwo mukuru we. Jay Polly ngo yakuze ari umwana ukubagana, ariko uko akubaganye se ntabyemere ahubwo agakubita mukuru we ashinjwa kuba ari we wakubaganye. Ibyo ngo byatumye mukuru we yiha inshingano zo gucunga Jay Polly kugira ngo atazajya akubagana bikaviramo mukuru we gukubitwa.

    Jay Polly amaze gukura yatangiye amashuri y’incuke, abandi bana bamwambura umugati agahita ajya kuregera mukuru we wigaga mu mashuri abanza kuri icyo kigo.

    Uwera ati “Mwalimu yabonaga umwana yinjiye mu ishuri nta n’umuntu abajije akaza kundegera, ngahita naka uruhushya mwalimu nkajya gukemura icyo kibazo.”

    Uko Jay Polly yakunze umuziki wa Hip Hop

    Gukunda umuziki ngo yabihereye kuri televiziyo iwabo bari batunze mu myaka ya 1996, dore ko iyo bari batunze mbere yasahuwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mukuru we ngo ni we wakundaga kureba cyane cyane amashene ya televiziyo yerekanaga umuziki kandi akareba umuziki wa Hip Hop w’abahanzi bo muri Amerika. Nyamara uko yawurebaga awukunda ngo ntiyari azi ko arimo gutuma na Jay Polly aboneraho kuwureba na we akawukunda.

    Mukuru we ngo yaje no gukora ikiraka ahembwa amafaranga agura radio ijyamo CD akajya azana mu rugo CDs ziriho indirimbo za Hip Hop.

    Mukuru we yakundaga umuziki wa Hip Hop ndetse aba no mu matsinda y’ababyina umuziki ugezweho cyane cyane ku ishuri. Murumuna we Jay Polly na we byatumye abikunda ndetse akajya yandika amagambo agize indirimbo z’Abanyamerika, Uwera akajya yumva Jay Polly aziririmba.

    Uwera ngo yihanije Jay Polly amubuza kujya aririmba ibyo bintu kuko byafatwaga nk’ibitajyanye n’umuco nyarwanda ndetse ababiririmba bagafatwa nk’ibirara muri sosiyete nyarwanda.

    Mukuru we akirangiza amashuri yisumbuye ibyo gukunda umuziki wa Hip Hop byabaye nk’ibigabanuka muri we ndetse ahindura n’imyambarire, amapantalo maremare, ingofero n’imipira miremire n’inkweto nini harimo izitwa Timberland ndetse n’amajaketi yambaraga biba ngombwa ko abireka atangira kwambara amashati, amakoti na karuvati kuko ari byo byari itegeko bijyanye n’akazi yakoraga muri Hoteli.

    Byatumye Jay Polly afata ya myenda ya mukuru we atangira kuyambara. Kuko yabaga ihenze ndetse igezweho muri icyo gihe ngo Jay Polly byagaragaraga ko bimubereye ndetse abantu bakamwibazaho mu gace babagamo i Gikondo.

    Jay Polly akigera mu mashuri yisumbuye nibwo yatangiye kumenyana na ba Lick Lick, Bulldogg, Green P, The Ben n’abandi bagendanaga mu itsinda b’urungano rwe.

    Icyakora mukuru we iyo yageraga mu rugo akabahasanga bari mu miziki ya Hip Hop ngo yabamereraga nabi ibyo barebaga akabizimya, akababuza kubiririmba ndetse ba Green P baturutse mu mihana bagataha, Jay Polly agasigara arakaye.

    Icyakora uko gukunda umuziki ngo barabikomeje ndetse Lick Lick we agakunda cyane cyane ibyo gukora umuziki (production) atangira kubakorera indirimbo.

    Skizzy wahoze muri KGB (Kigali Boys) na we wari icyamamare muri iyo minsi ngo yaje kwiyambaza mukuru wa Jay Polly kubera ko bari baziranye banaturanye, bategura igitaramo cyabereye ku nzu mberabyombi (salle) y’Abagide i Gikondo.
    N’ubwo Jay Polly atari ku rutonde rw’abahanzi baririmba muri icyo gitaramo, ngo yabacunze ku jisho ajya ku rubyiniro afata mikorofone atangira kurapa abari aho barumirwa kubera ubuhanga bamwumvanye, ndetse na mukuru we akaba atari azi neza ko ibyo bintu byo kuririmba yabyinjiyemo.

    Nyuma yo kubona abantu bamuhururiye kandi atari no mu bahanzi bari kuri gahunda, mukuru we ngo yahise amuvana ku rubyiniro ku ngufu kugira ngo atavangira abari kuri gahunda. Jay Polly ngo byaramurakaje ndete ahita ataha, mukuru we ageze mu rugo aramwihaniza kuko yavangiye abandi.

    Ati “Icyo gihe narishimye ariko ndanababara kuko mama yari kuzanshinja ko umwana we ari jye wamujyanye muri Hip Hop.”

    Izina ‘Polly’ yarihawe n’umubyeyi we

    Jay Polly ageze mu wa Gatanu w’amashuri yisumbuye yabonye ubwisanzure, dore ko mukuru we wasaga n’uhora amubuza kwisanzura yari agiye gukorera mu Ntara hanze ya Kigali.

    Ngo yatangiye kujya yumva indirimbo Jay Polly yakoranye n’abandi bahanzi harimo nk’iyitwa Umunsi w’Imperuka ya Bulldogg basubiyemo, iyitwa Kwicuma, Akanyarirajisho, Amaganya,… akumva babirimo neza, ariko ntabimushyigikiremo kuko yangaga ko bizatuma yitwara nabi, sosiyete ikamufata nabi.

    Ati “Nangaga ko azahindura imyitwarire kuko mu muryango yari afite imyitwarire myiza ari na yo nkomoko y’izina rye, Polly.”

    Ubusanzwe amazina ye ni Tuyishime Josué. Izina ‘Polly’ yakoreshaga mu buhanzi ngo ni izina rikomoka ku ryo yahawe na nyina ari ryo ‘Poli’ kubera ukuntu yitondaga kandi afite imyitwarire myiza.
    Ati “Mama yarimwise kuko yari umwana urangwa n’ikinyabupfura, ajyana na nyina gusenga, bigatuma nyina ahora amubwira ngo ‘tu es poli’ nkumva rero iryo zina narijyana muri Hip Hop atazakomeza kugira iyo myitwarire myiza.”

    Mukuru we avuga ko mu kumucunga yigeze kumubonana telefone atazi aho yayivanye kandi akiri umunyeshuri mu yisumbuye arayimwaka arayitwara ayitwarana na nimero zayo kugeza ubu uwo mukuru we akaba ari na zo agikoresha nyamara kera zarahoze ari iza Jay Polly. Iyo telefone ngo yari yayiguze mu dufaranga yari yahembwe mu gitaramo yakoranye na ba Bulldogg. Jay Polly wigaga ibijyanye n’ubugeni (Art) muri Eto Kicukiro ngo yigeze no kubeshya mukuru we ko hari amafaranga ibihumbi 80 atishyuye ku ishuri bituma batamuha Dipolome, mukuru we arayamuha, ariko ngo yashakaga ayo kwijyanira mu muziki.

    Byatumye mukuru we arakara yiyemeza kumutumira i Rubavu aho yari afite inzu amubeshya ko ashaka kumugurira telefone kuko yahoraga amushinja ko yamutwariye telefone. Nyamara akihagera ngo yahise amufungira mu gipangu amutegeka kutazongera gusohoka ngo ahure n’abo bajyanaga mu byo kuririmba, dore ko hari na kure y’i Kigali.

    Ati “Nashakaga ko aba poli, nashakaga ko areka Hip Hop. Nashakaga ko ntazashinjwa ko ari jye wamujyanye muri Hip Hop.”

    Nyamara mukuru wa Jay Polly yatunguwe n’uko umunsi umwe Jay Polly yamuhamagaye amubwira ngo ari i Goma, undi arumirwa yibaza uko yahageze nta n’ibyangombwa afite. Aho i Goma ngo yari yagiye gishaka aho bamukorera indirimbo yirirwaga yandika afungiranye muri icyo gipangu ahantu atari azi, ari na ho yahereye aririmba ngo nari imbohe ahantu ntamenye, sindatabaruka, ndacyariho ndahumeka,… Impamvu yagiye i Goma ngo ni uko i Rubavu nta hantu hari hahari ho gukorera imiziki.

    Jay Polly ngo yareze mukuru we kuri nyina amurega ko yamufungiye muri icyo gipangu, nyina asaba Uwera Jean Maurice kurekura jay Polly, na we arabyemera, Jay Polly agaruka i Kigali aruhukira kwa Lick Lick kugira ngo amukorere indirimbo yari amaze iminsi yandikira aho mu gipangu yari afungiye.

    Mukuru we yakomeje kumva indirimbo ze zicurangwa ahantu hose kuva zigisohoka kandi zigakundwa n’abantu, ndetse yumva ubuhanga afite muri iyo njyana, akabona nta n’uburyo agifite bwo kumubuza, bituma na we yiyemeza kumureka akora umuziki yisanzuye.

    Jay Polly yitabye Imana hari indirimbo zigera mu icyenda ngo yari arimo gukorana na producer witwa Lil John, mukuru we akaba avuga ko izo ndirimbo zizakomeza gutunganywa album yazo ikajya hanze.

    Jay Polly arashyingurwa kuri iki cyumweru tariki 05 Nzeri 2021. Biteganyijwe ko saa yine habaho gahunda yo gufata umurambo mu bitaro bya Kacyiru. Saa sita hateganyijwe umuhango wo kumusezeraho no gusenga mu rugo aho yari atuye i Kibagabaga, nyuma hagati ya saa munani na saa kumi habeho gahunda yo gushyingura mu irimbi rya Rusororo.

    Jay Polly asize abana babiri b’abakobwa, mukuru we Uwera Jean Maurice akaba asaba abakunzi be n’abakunze ibihangano bye kumufasha gukomeza kwita kuri abo bana kugira ngo bazabashe kubona uburere n’imibereho myiza bagombaga guhabwa n’umubyeyi wabo utakiriho.

    I’m raising money for Let’s send off #Jaypolly in Decent way. Click to Donate https://t.co/zAEsHJ3dsH

    — Unclemoriss (@unclemoriss) September 2, 2021

    source : https://ift.tt/2VjazFa

  • Kwerekana impano zidasanzwe, kwishyurira abarwayi; ibyaranze icyumweru cyahariwe abakozi muri Marriott Hotel (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Ni icyumweru kizwi nka ‘Associate Appreciation Week’, cyateguwemo ibikorwa bigamije guhuriza hamwe abakozi ba Marriott barenga 250, bagashimirwa n’Ubuyobozi bw’iyi hotel ku ruhare bagira mu iterambere ryayo.

    Iki gikorwa cyatangiye ku itariki ya 30 Kanama uyu mwaka, gisozwa ku itariki ya 3 Nzeri, uretse ko ibikorwa byo gusabana hagati y’abakozi b’iyi hotel n’ubuyobozi bukuru bwayo bihoraho.

    Umuyobozi Ushinzwe Umurimo no Kwita ku Bakozi muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Nicole Ingabire Munyangabe, yavuze ko iki gikorwa kigamije kwereka abakozi, bafatwa nk’abafatanyabikorwa muri Marriott Hotel, uruhare rwabo mu iterambere rya Marriott.

    Munyangabe yagize ati “Marriott Hotel, ni ikigo gifite umuco wo kwishimira no gushimira abakozi bacyo (Associates) buri mwaka. Iyi ni imwe mu ndangagaciro za Marriott Hotel, mu rwego rwo gushyira abakozi bacu imbere (Put People First).”

    Yongeyeho ko abakozi ba Marriott ari bo shingiro ry’iterambere ryayo. Agira ati “Ni mwe shingiro ry’iterambere ryacu, ibyo tugeraho byose ni mwebwe tubikesha, uyu ni umwanya wo kubashimira no kongera gushimangira umumaro wanyu mu rugendo dusangiye rwo gutanga serivisi nziza ku bakiliya bacu.”

    Ku munsi wa mbere w’iki cyumweru, hateguwe ibikorwa bizwi nka ‘’Take Care’’, byari bigizwe no gutanga impano ku bakozi ba Marriott, kubakira mu buryo busanzwe bumenyerewe ku banyacyubahiro, no kubashimisha nk’abanyacyubahiro.

    Kuri uyu munsi kandi, habayeho ibikorwa byo kwerekana impano ku bakozi ba Marriott Hotel, aho bamwe berekanye impano zirimo kuririmba ndetse no gushushanya.

    Ku munsi wa Kabiri w’iki cyumweru habaye ibikorwa bikubiye mu cyiswe ‘Unit Day’, aho abakozi ba Marriott Hotel bakomoka mu bihugu bitandukanye, basangiye amafunguro yateguwe n’abakozi ba Hotel baturuka mu bihugu bitandukanye, ndetse baboneraho no gusangizanya ubumenyi ku mico ya buri wese, hashingiwe ku gihugu akomokamo.

    Hanerekanywe kandi Imyambaro ishingiye ku muco w’abantu batandukanye bakora muri Marriott Hotel, mu rwego rwo gukomeza gusangira ubunararibonye bw’imico itandukanye y’abakozi ba Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda.

    Iyi Hotel ikoreramo abakozi bakomoka mu bihugu birimo u Rwanda, Sri Lanka, u Buhinde, Kenya, Afurika y’Epfo, Nigeria, u Bwongereza, u Budage, n’ibindi bitandukanye.

    Munyangabe yavuze ko gusangira ubunararibonye bw’imico itandukanye, bigira uruhare mu kuzamura ubumenyi bw’abakozi, ku buryo boroherwa no kwakira abashyitsi bavuye mu bihugu byo ku Isi hose. Ibi kandi nabyo biri mu ndangagaciro za Marriott Hotel mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.

    Yagize ati “Aya ni amahirwe yo kugira ngo abakozi bacu basangire ubunararibonye, kuko abakozi bacu baturutse mu bihugu bitandukanye ndetse bifite n’imico itandukanye, ku buryo uyu aba ari umwanya mwiza wo kwigishanya ku mico tugira itandukanye, kandi ibyo ni ingenzi mu kazi kacu kuko twakira abashyitsi baturutse ku Isi yose. Ibi kandi binatuma dukomeza kubaka umuco umwe muri Marriott hotel.”

    Ku munsi wa Gatatu, wiswe ‘Serve 360: Doing good in all directions’, Marriott Hotel yatanze amafaranga yifashishijwe mu bikorwa byo kwishyurira abarwayi bari bamaze iminsi bavuriwe mu Bitaro bya Muhima, ariko batarabona ubwishyu.

    Munyangabe yavuze ko ibikorwa nk’ibi bitegurwa “Kuko dufite inshingano zo guteza imbere Umunyarwanda Nyarwanda (community) tubayemo. Ntabwo intego zacu ari ugukorera amafaranga gusa, harimo no gufasha bamwe muri twe bakeneye ubufasha (Doing good for all directions), kandi ibi tubikora mu buryo buhoraho.”

    Umuyobozi Ushinzwe Umurimo no Kwita ku Bakozi muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Nicole Ingabire Munyangabe, yavuze ko iki gikorwa kigamije kwereka abakozi uruhare rwabo mu iterambere ry’iyi Hotel

    Uyu munsi kandi hateguwe ibiganiro bishingiye ku migani n’ibindi bigaragaza umuco wo gufashanya.

    Ku munsi wa Kane, hakozwe ibikorwa bizwi nka ‘Talent Exhibition’ aho akanama nkemurampaka kazengurutse gasuzuma ibikorwa byakozwe birimo indirimbo zaririmbwe n’abakozi, abambaye imideri myiza ndetse n’ibishushanyo byakozwe, hatoranywamo ibigomba guhembwa.

    Kuri uyu munsi nanone wakoreshejwe n’abakozi mu rwego rwo kuganira ku bindi bintu bishobora kuzamura umusaruro wabo mu kazi, kugirana inama z’ubuzima busanzwe ndetse no kungurana ibitekerezo ku ngingo zitandukanye.

    Ku munsi wa Gatanu, ari nawo wa nyuma w’iki cyumweru, habayeho ibikorwa byo gusoza no kuganira hagati y’ubuyobozi n’abakozi ba Marriott Hotel.

    Umuyobozi Mukuru muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Ulrich Franzmann, yavuze ko kuva yatangira gukorana n’iyi Hotel mu myaka 25 ishize, yiboneye uburyo umukozi ahabwa ijambo mu bikorwa byose bya Hotel.

    Ati “Kuva natangira gukora muri iyi Hotel, buri gihe umukozi ahabwa ijambo kuko niwe twubakiraho ibyo twifuza kugeraho byose, turabashimira ku murava mukorana akazi kanyu.”

    Ku rwego rw’Isi, ibikorwa bya ‘Associate Appreciation Week 2021’ byatangiye muri Gicurasi uyu mwaka.

    Kabatesi Joselyne ukora mu Rwego rwo Gutegura Ibitaramo muri Marriott Hotel, yavuze ko abakozi b’iyi Hotel batewe ishema n’uburyo bafashwe, ati “Duterwa ishema n’uburyo abakozi dufatwa muri Marriott Hotel, bituma tugira ishyaka ryo gukomeza gukora cyane kuko tuzi ko ari twe shingiro ry’ibyo tugeraho.”

    Abakozi batsinze mu marushanwa arimo imideri no kuririmba bahawe ibihembo, mu gihe abakozi bitwaye neza mu gushushanya bahawe umwihariko, kuko ibihembo byabo bizamanikwa ku nkuta za Marriott Hotel, biriho n’amazina yabo.

    Kugeza ubu, abakozi bose ba Marriott hotel bamaze gukingirwa icyorezo cya Covid-19, ndetse iki kigo gikomeza kubasuzumisha mu buryo buhoraho kugira ngo hagenzurwe ubuzima bwabo, nk’uko amabwiriza y’inzego z’ubuzima abisaba.

    Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, yatangiye ibikorwa byayo mu Rwanda mu 2016, ikaba ari imwe muri hotel zirenga 7.700 z’ikigo cya Marriott International Inc.

    Ku munsi wa nyuma wo gusoza Icyumweru cyahariwe abakozi, Marriott Hotel yateguye umunsi mukuru warimo amafunguro n’ibiribwa biteguye neza

    Umuyobozi Mukuru muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Ulrich Franzmann, yavuze ko abakozi b’iyi Hotel ari bo batuma igera ku iterambere

    Umuyobozi Ushinzwe Umurimo no Kwita ku Bakozi, Nicole Ingabire Munyangabe (wambaye umwenda w’umuhondo), ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Ulrich Franzmann (uri hagati), ndetse na Jagath Chandra Ushinzwe Ibikorwa byo Kubungabunga iyi Hotel (wambaye ikoti ry’umukara)

    Abakozi bose ba Marriott Hotel bamaze gukingirwa icyorezo cya Covid-19

    Ibishushanyo bizamanikwa ku nkuta za Marriott Hotel


    source : https://ift.tt/38W2pWB

  • Gicumbi: Birakekwa ko umugabo yahitanywe n’inzoga yari yategewe kumara – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo ngo yategewe na bagenzi be kumara amacupa 12 bivugwa ko ari ayo mu bwoko bwa Nguvu. Nyuma yo kuzinywa, ngo yumvise atameze neza, aza gupfira mu rugo rwa mugenzi we.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Felix, yemeje aya makuru, avuga ko umurambo wa Tuyisenge wajyanywe mu Bitaro bya Byumba kugira ngo harebwe niba koko uyu mugabo yishwe n’izi nzoga.

    Yagize ati “Ni byo uyu mugabo twasanze yapfiriye mu rugo rw’uwitwa Ntirenganya Dieudonné alias Serunaga, umurambo wajyanywe mu Bitaro bya Byumba, naho Serunaga yashyikirijwe Sitasiyo ya RIB ya Rutare kugira ngo ikurikirane iby’uru rupfu.”

    Uyu muyobozi yasabye abantu gukomeza kwirinda amateraniro atubahirije amategeko, cyane cyane muri iki gihe igihugu kigihanganye n’icyorezo cya Covid-19.

    Ati “Icyo dusaba abaturage, ni uko mu gihe tugihanganye na Covid-19, bakubahiriza amabwiriza hirindwa gukora utubari two mu ngo, cyane ko bikekwa ko uyu mugabo yarimo gusangira na bagenzi be inzoga mu rugo rumwe, ari na zo bikekwa ko zamuviriyemo urupfu.”

    Birakekwa ko umugabo yazize kunywa inzoga nyinshi

    source : https://ift.tt/3jIVmGB

  • Kwerekana impano zidasanzwe, kwishyurira abarwanyi; ibyaranze icyumweru cyahariwe abakozi muri Marriott Hotel (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Ni icyumweru kizwi nka ‘Associate Appreciation Week’, cyateguwemo ibikorwa bigamije guhuriza hamwe abakozi ba Marriott barenga 250, bagashimirwa n’Ubuyobozi bw’iyi hotel ku ruhare bagira mu iterambere ryayo.

    Iki gikorwa cyatangiye ku itariki ya 30 Kanama uyu mwaka, gisozwa ku itariki ya 3 Nzeri, uretse ko ibikorwa byo gusabana hagati y’abakozi b’iyi hotel n’ubuyobozi bukuru bwayo bihoraho.

    Umuyobozi Ushinzwe Umurimo no Kwita ku Bakozi muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Nicole Ingabire Munyangabe, yavuze ko iki gikorwa kigamije kwereka abakozi, bafatwa nk’abafatanyabikorwa muri Marriott Hotel, uruhare rwabo mu iterambere rya Marriott.

    Munyangabe yagize ati “Marriott Hotel, ni ikigo gifite umuco wo kwishimira no gushimira abakozi bacyo (Associates) buri mwaka. Iyi ni imwe mu ndangagaciro za Marriott Hotel, mu rwego rwo gushyira abakozi bacu imbere (Put People First).”

    Yongeyeho ko abakozi ba Marriott ari bo shingiro ry’iterambere ryayo. Agira ati “Ni mwe shingiro ry’iterambere ryacu, ibyo tugeraho byose ni mwebwe tubikesha, uyu ni umwanya wo kubashimira no kongera gushimangira umumaro wanyu mu rugendo dusangiye rwo gutanga serivisi nziza ku bakiliya bacu.”

    Ku munsi wa mbere w’iki cyumweru, hateguwe ibikorwa bizwi nka ‘’Take Care’’, byari bigizwe no gutanga impano ku bakozi ba Marriott, kubakira mu buryo busanzwe bumenyerewe ku banyacyubahiro, no kubashimisha nk’abanyacyubahiro.

    Kuri uyu munsi kandi, habayeho ibikorwa byo kwerekana impano ku bakozi ba Marriott Hotel, aho bamwe berekanye impano zirimo kuririmba ndetse no gushushanya.

    Ku munsi wa Kabiri w’iki cyumweru habaye ibikorwa bikubiye mu cyiswe ‘Unit Day’, aho abakozi ba Marriott Hotel bakomoka mu bihugu bitandukanye, basangiye amafunguro yateguwe n’abakozi ba Hotel baturuka mu bihugu bitandukanye, ndetse baboneraho no gusangizanya ubumenyi ku mico ya buri wese, hashingiwe ku gihugu akomokamo.

    Hanerekanywe kandi Imyambaro ishingiye ku muco w’abantu batandukanye bakora muri Marriott Hotel, mu rwego rwo gukomeza gusangira ubunararibonye bw’imico itandukanye y’abakozi ba Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda.

    Iyi Hotel ikoreramo abakozi bakomoka mu bihugu birimo u Rwanda, Sri Lanka, u Buhinde, Kenya, Afurika y’Epfo, Nigeria, u Bwongereza, u Budage, n’ibindi bitandukanye.

    Munyangabe yavuze ko gusangira ubunararibonye bw’imico itandukanye, bigira uruhare mu kuzamura ubumenyi bw’abakozi, ku buryo boroherwa no kwakira abashyitsi bavuye mu bihugu byo ku Isi hose. Ibi kandi nabyo biri mu ndangagaciro za Marriott Hotel mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.

    Yagize ati “Aya ni amahirwe yo kugira ngo abakozi bacu basangire ubunararibonye, kuko abakozi bacu baturutse mu bihugu bitandukanye ndetse bifite n’imico itandukanye, ku buryo uyu aba ari umwanya mwiza wo kwigishanya ku mico tugira itandukanye, kandi ibyo ni ingenzi mu kazi kacu kuko twakira abashyitsi baturutse ku Isi yose. Ibi kandi binatuma dukomeza kubaka umuco umwe muri Marriott hotel.”

    Ku munsi wa Gatatu, wiswe ‘Serve 360: Doing good in all directions’, Marriott Hotel yatanze amafaranga yifashishijwe mu bikorwa byo kwishyurira abarwayi bari bamaze iminsi bavuriwe mu Bitaro bya Muhima, ariko batarabona ubwishyu.

    Munyangabe yavuze ko ibikorwa nk’ibi bitegurwa “Kuko dufite inshingano zo guteza imbere Umunyarwanda Nyarwanda (community) tubayemo. Ntabwo intego zacu ari ugukorera amafaranga gusa, harimo no gufasha bamwe muri twe bakeneye ubufasha (Doing good for all directions), kandi ibi tubikora mu buryo buhoraho.”

    Umuyobozi Ushinzwe Umurimo no Kwita ku Bakozi muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Nicole Ingabire Munyangabe, yavuze ko iki gikorwa kigamije kwereka abakozi uruhare rwabo mu iterambere ry’iyi Hotel

    Uyu munsi kandi hateguwe ibiganiro bishingiye ku migani n’ibindi bigaragaza umuco wo gufashanya.

    Ku munsi wa Kane, hakozwe ibikorwa bizwi nka ‘Talent Exhibition’ aho akanama nkemurampaka kazengurutse gasuzuma ibikorwa byakozwe birimo indirimbo zaririmbwe n’abakozi, abambaye imideri myiza ndetse n’ibishushanyo byakozwe, hatoranywamo ibigomba guhembwa.

    Kuri uyu munsi nanone wakoreshejwe n’abakozi mu rwego rwo kuganira ku bindi bintu bishobora kuzamura umusaruro wabo mu kazi, kugirana inama z’ubuzima busanzwe ndetse no kungurana ibitekerezo ku ngingo zitandukanye.

    Ku munsi wa Gatanu, ari nawo wa nyuma w’iki cyumweru, habayeho ibikorwa byo gusoza no kuganira hagati y’ubuyobozi n’abakozi ba Marriott Hotel.

    Umuyobozi Mukuru muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Ulrich Franzmann, yavuze ko kuva yatangira gukorana n’iyi Hotel mu myaka 25 ishize, yiboneye uburyo umukozi ahabwa ijambo mu bikorwa byose bya Hotel.

    Ati “Kuva natangira gukora muri iyi Hotel, buri gihe umukozi ahabwa ijambo kuko niwe twubakiraho ibyo twifuza kugeraho byose, turabashimira ku murava mukorana akazi kanyu.”

    Ku rwego rw’Isi, ibikorwa bya ‘Associate Appreciation Week 2021’ byatangiye muri Gicurasi uyu mwaka.

    Kabatesi Joselyne ukora mu Rwego rwo Gutegura Ibitaramo muri Marriott Hotel, yavuze ko abakozi b’iyi Hotel batewe ishema n’uburyo bafashwe, ati “Duterwa ishema n’uburyo abakozi dufatwa muri Marriott Hotel, bituma tugira ishyaka ryo gukomeza gukora cyane kuko tuzi ko ari twe shingiro ry’ibyo tugeraho.”

    Abakozi batsinze mu marushanwa arimo imideri no kuririmba bahawe ibihembo, mu gihe abakozi bitwaye neza mu gushushanya bahawe umwihariko, kuko ibihembo byabo bizamanikwa ku nkuta za Marriott Hotel, biriho n’amazina yabo.

    Kugeza ubu, abakozi bose ba Marriott hotel bamaze gukingirwa icyorezo cya Covid-19, ndetse iki kigo gikomeza kubasuzumisha mu buryo buhoraho kugira ngo hagenzurwe ubuzima bwabo, nk’uko amabwiriza y’inzego z’ubuzima abisaba.

    Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, yatangiye ibikorwa byayo mu Rwanda mu 2016, ikaba ari imwe muri hotel zirenga 7.700 z’ikigo cya Marriott International Inc.

    Abakozi ba Marriott berekanye impano zirimo izo kuririmba, ndetse abitwaye neza barabihemberwa

    Abakozi ba Marriott Hotel basangije bagenzi babo ibiribwa bikomoka mu mico yabo, banabasobanurira uko biribwa

    Abakozi bateguye amafunguro akomoka mu bihugu byabo, bari banambaye imyambaro yo muri ibyo bihugu

    Abakozi ba Marriott Hotel bagize umwanya wo kuganira no kungurana ibitekerezo ku bijyanye n’ubuzima busanzwe babamo buri munsi

    Abakozi ba Marriott Hotel bagize umwanya wo kwerekana umuco wa buri gihugu bakomokamo, basangira ibyiza byawo n’ubunararibonye

    Abakozi ba Marriott Hotel bagize umwanya wo gufasha abari mu kaga

    Abarwayi bo mu bitaro bya Muhima bari barabuze uko bishyura ikiguzi cy’ubuvuzi bahawe, bashyikirijwe imfashanyo n’abakozi ba Marriott Hotel

    Uyu mwanya wabaye igihe cyiza cyo kongera gusabana hagati y’abakozi b’iyi Hotel, dore ko nabyo biri mu bituma umusaruro w’ikigo bakorera uzamuka

    Ku munsi wa nyuma wo gusoza Icyumweru cyahariwe abakozi, Marriott Hotel yateguye umunsi mukuru warimo amafunguro n’ibiribwa biteguye neza

    Uyu munsi kandi waranzwe n’ibirori byanitabiriwe n’ibirori byasusurukije abakozi ba Marriott Hotel

    Umuyobozi Mukuru muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Ulrich Franzmann, yavuze ko abakozi b’iyi Hotel ari bo batuma igera ku iterambere

    Umuyobozi Ushinzwe Umurimo no Kwita ku Bakozi, Nicole Ingabire Munyangabe (wambaye umwenda w’umuhondo), ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru muri Marriott Hotel, Ishami ry’u Rwanda, Ulrich Franzmann (uri hagati), ndetse na Jagath Chandra Ushinzwe Ibikorwa byo Kubungabunga iyi Hotel (wambaye ikoti ry’umukara)

    Abakozi bose ba Marriott Hotel bamaze gukingirwa icyorezo cya Covid-19

    Ibishushanyo bizamanikwa ku nkuta za Marriott Hotel


    source : https://ift.tt/2VffB5s

  • Ubushobozi bw’inyeshyamba, gucyura abaturage…Col Rwivanga yagaragaje ishusho y’urugamba rwa RDF muri Cabo Delgado – #rwanda #RwOT

    Umutwe w’iterabwoba urwanira muri iyo ntara witwa “Ahlu Sunnah Wa-Jama” gusa imbere mu gihugu abaturage bawita “Al Shabaab”.

    Bibarwa ko abaturage barenga 3000 ari bo bamaze kwicwa n’ibyo byihebe, mu gihe abavuye mu byabo bo barenga ibihumbi 700.

    Col. Ronald Rwivanga mu kiganiro yagiranye SABC yo muri Afurika y’Epfo, yasobanuye aho ibikorwa byo kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique bigeze.

    Col Rwivanga yavuze ko magingo aya, icyiciro cya mbere cy’uru rugamba kiri ku musozo, ubu hagezweho icya kabiri ari cyo cyo gucyura abaturage bagasubira mu buzima bwabo busanzwe.

    Ati “Twasoje icyiciro cya mbere cy’ibikorwa byatujyanye bijyanye n’umutekano. Twajyanywe no gukora ibikorwa by’umutekano hamwe no kugarura amahoro n’amavugurura mu rwego rw’umutekano. Ubu turi muri ibyo bikorwa bibiri bya mbere.”

    Yavuze ko Ingabo z’u Rwanda zikigera muri Cabo Delgado, zatangije urugamba mu turere tubiri dukomeye tw’iyi ntara, Palma na Mocimboa da Praia.

    Aho hose zabashije guhashya inyeshyamba zari zihari, zihungira mu mashyamba yo mu Majyepfo ahitwa Mbau.

    Ati “Twarabakurikiye mu minsi ishize ako gace na ko turagata mu minsi mike ishize. Ubu Ingabo zacu n’iza Mozambique, bari kugerageza gucyura abari baravuye mu byabo, bava mu nkambi basubira mu ngo zabo.”

    Gucyura impunzi byatangiye ku wa 28 Kanama 2021 mu nkambi ya Quitunda aho kugeza ubu hamaze gucyurwa abagera ku 1.245. Byahise bikomereza mu ya Patekuwa aho ku wa 1 Nzeri 2021 hacyuwe 1.205.

    Ati “Ibyo bizakomeza mu nkambi zose zo mu Ntara ya Cabo Delgado.”

    Kimwe mu bintu byibazwaho muri uru rugamba, ni ikizakurikiraho mu gihe ingabo z’u Rwanda zizaba zivuye muri iyi ntara cyangwa se niba izo nyeshyamba zidashobora gusubira inyuma zikongera gusagarira abaturage.

    Col Rwivanga yavuze ko muri iki gihe, izo nyeshyamba zagiye zivanwa mu birindiro byazo zikajya mu bice bitandukanye. Gusa, icyo Ingabo z’u Rwanda ziri gukora ni uguhiga izo nyeshyamba aho zaba ziri hose.

    Ati “Akazi kacu ni ukuzihiga aho zaba ziri hose kandi duharanira ko ntaho zihurira n’abaturage kuko wabonye ibyo zakoreye abaturage. Ubu dufite uduce turimo amahoro, tugarura abaturage, iyo ukuye inyeshyamba hafi y’abaturage, ntabwo ziba zifite ibirindiro zaheraho zikora ibindi bikorwa. Ndibwira ko turi kuzica intege tuzikura iruhande rw’abaturage.”

    Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique bafatanya ibikorwa byose muri uru rugamba

    Ubushobozi bw’izi nyeshyamba

    Ubushobozi bw’izi nyeshyamba mu mirwanire no mu bikoresho cyo kimwe n’umubare wazo, ni kimwe mu bikunda kwibazwaho n’abantu benshi bakurikirana iby’uru rugamba.

    Col Rwivanga yabajijwe ikigero cy’imyitozo zifite mu bijyanye n’imirwanire, asubiza ko uko zikora zikoresha uburyo yagereranyije n’ubw’ibanze mu kurwana.

    Ati “Icyo navuga ni uko zikoresha uburyo nakwita bw’ibanze n’intwaro, bakoresha moto mu kugenda impande n’impande, imodoka nke, ariko mu by’ukuri ni inyeshyamba nk’izindi. Barwana mu buryo utapfa kubabona, ariko natwe twakoze muri ubwo buryo mbere, twari umutwe w’inyeshyamba mbere, rero byaratworoheye kumenyera imikorere yabo tubasha kubahashya.”

    Nyuma yo kurangiza urugamba, icyiciro kizakurikiraho kijyanye no gufatanya n’Ingabo za Mozambique mu gukora amavugururwa aboneye mu gisirikare kugira ngo ibi bikorwa bitazasubira.

    Ati “Mu gihe tuzaba twatsinze izi nyeshyamba zose, tuzatangira icyiciro cy’amavugurura mu rwego rw’umutekano ariko birajyanirana kuko mu gihe inyeshyamba zakomeza gukora, natwe tuzakomeza natwe tuzakomeza urugamba.”

    Nta gihe yigeze avuga Ingabo z’u Rwanda zizamara muri Mozambique.

    Ingabo za Mozambique zari zaragowe no kurwanya uyu mutwe, kugeza ubwo hitabajwe ubufasha bw’u Rwanda. Col Rwivanga yabajijwe niba hari imyitozo u Rwanda ruzaziha, asubiza ati “ birumvikana, ni cyo amavugurura mu rwego rw’umutekano bisobanuye”.

    Yakomeje agira ati “Tuzabafasha mu kuvugurura urwego rw’umutekano ku buryo mu gihe tuzaba tuvuyeyo bazaba bafite ubushobozi bwo gusigasira umutekano.”

    Intara ya Cabo Delgado ifite ubuso bungana na 82.625, ukoze imibare wasanga iruta u Rwanda inshuro 3,1. Mu 2017 byabarwaga ko ituwe n’abaturage barenga miliyoni 2,3.

    Ni yo yakabaye ikize mu ntara 11 zigize Mozambique kuko ifite umutungo kamere mwinshi wa gaz ari na byo byatumye TotalEnergies ihashora asaga miliyari 20 z’amadolari ashobora kwiyongera akagera kuri miliyari 50$ mu mushinga wiswe LNG, Liquefied Natural Gas.

    Kugeza ubu, uwo mushinga warahagaze. Nubwo ibintu bitangiye kujya mu buryo Col Rwivanga yavuze ko atahita yemeza niba yagira inama benewo kuba basubukura ibikorwa.

    Ati “Tugomba kuba maso kugira ngo izo nyeshyamba zitazagaruka. Icyo tugiye gukora ni ugucyura abaturage mu ngo zabo ku buryo ibikorwa by’ubukungu byakongera gukora na none. Iyo ni yo ntego yacu.”

    Amakuru y’ubutasi ku mubare w’izo nyeshyamba

    Col Rwivanga yasobanuye ko bigoye kumenya umubare w’izo nyeshyamba bitewe n’uburyo zirwana n’aho ziherereye.

    Ati “Bakorera mu matsinda mato, bari mu bice bitandukanye, batera bari mu dukundi duto, rero biragoye gukora ikigereranyo cy’umubare wabo gusa bari mu magana kuko ibitero bike biheruka bari mu majana. Rero haracyari umubare wabo.”

    Yavuze ko hari inyeshyamba bafashe bugwate, gusa yirinda kugira icyo avuga ku makuru bazikuyemo. Kugeza ubu, ntabwo u Rwanda ruteganya kongera abasirikare keretse mu gihe byaba bigaragaye bakenewe.

    Col Ronald Rwivanga yatangaje ko Ingabo z’u Rwanda zikomeje ibikorwa kandi ko biri kugenda neza

    source : https://ift.tt/3DXqrif

  • Abasirikare babiri bazamuwe mu ntera, J5 ihabwa Umuyobozi mushya – #rwanda #RwOT

    Izi mpinduka mu gisirikare zatangajwe ku manywa yo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Nzeli 2021.

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Igisirikare cy’u Rwanda rivuga ko Lt. Col Innocent Munyengango yagizwe Colonel anahabwa inshingano zo kuba Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Igenamigambi mu Gisirikare “J5”.

    Lt. Col Munyengango yigeze kuba Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda kuva mu Ukwakira 2017 kugera mu Ugushyingo 2020.

    Undi wazamuwe mu ntera ni Lt. Col Claver Karara wahawe ipeti rya Colonel. Uyu musirikare yari asanzwe akora muri Ambasade y’u Rwanda muri Ethiopia ashinzwe ibikorwa bya gisirikare, Defense Attaché.

    Lt Col Munyengango Innocent yazamuwe mu ntera agirwa Colonel anahabwa kuyobora J5

    Lt Col Claver Karara yahawe ipeti rya Colonel

    source : https://ift.tt/2WTLst2