Tag: featured

  • Perezida Kagame yagaragaje ishusho y’imibanire y’u Rwanda n’ibihugu birukikije #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame avuga ko ahari ikibazo mu mibanire y
    Perezida Kagame avuga ko ahari ikibazo mu mibanire y’u Rwanda n’ibindi bihugu kirimo gushakirwa umuti

    Ibyo bihugu ni Tanzania, u Burundi, Uganda, Kenya, Congo (RDC), avuga ko icyo u Rwanda rushyize imbere ari umubano mwiza n’ibyo bihugu, agaruka no ku mubano w’u Rwanda n’igihugu cya Ethiopia, akaba yemeza ko ukomeje gutera imbere.

    Avuga kuri Tanzania, yagaragaje uburyo umubano w’icyo gihugu n’u Rwanda wahoze ari mwiza kuva kera, ubu ibihugu byombi bikaba bikomeje ibiganiro mu gushaka uko warushaho kwiyongera.

    Ageze ku gihugu cya Congo, yavuze ko hari impinduka mu mibanire nyuma y’uko Perezida Félix Tshisekedi agiriye ku buyobozi bw’icyo gihugu, ati “Impinduka ziragaragara mu mibanire y’u Rwanda na RDC, imikoranire ni myiza kandi turashaka gukomeza uwo mubano, ibiganiro byarabaye hagati ya Perezida w’u Rwanda na Félix Tshisekedi”.

    Ku kijyanye n’u Burundi, Perezida Kagame ngo aratekereza ko hari intambwe nziza yatewe mu mibanire n’u Rwanda, avuga ko hatekerezwa kuzamura umubano n’imikoranire hagati y’ibyo bihugu byombi, kandi ko byagaragaye ko u Burundi bubishaka, avuga ko ibiganiro byatangiye, igisigaye ari ukubinoza hakarebwa icyakorwa kugira ngo uwo mubano ukomeze kugenda neza.

    Avuga ku gihugu cya Uganda, ngo umubano ugifite agatotsi, avuga ko bizasaba akazi gakomeye n’imbaraga mu kubishakira umuti dore ko Abanyarwanda baba muri icyo gihugu bagikomeje guhohoterwa, mu gihe abagande baba mu Rwanda bafite umutekano usesuye.

    Perezida Paul Kagame yanagarutse ku mubano w’u Rwanda na Kenya, aho yavuze ko uwo mubano usesuye, agaragaza ko ibihugu byombi bihora byifurizanya ibyiza.

    Ati “Kenya duhora tuganira icyateza ibihugu byombi imbere, ibibazo by’u Rwanda ni byo bibazo bya Kenya kandi n’ibibazo bya Kenya ni byo by’u Rwanda. Kenya igize ibibazo ntibyasiga n’ibihugu biyikikije, iyo Kenya imeze neza, ibihugu byo muri iyi ntara bibyungukiramo, yamera nabi tukabihomberamo. Kenya ni kimwe mu bihugu byiza, bifite ubushobozi kandi twishimiye gukorana na yo, nta kibazo na kimwe dufitanye”.

    Perezida Kagame yagarutse no ku mubano w’u Rwanda n’igihugu cya Ethiopiya, ngo ukomeje kwiyongera.

    Yagarutse no ku ruzinduko Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, aherutse kugirira mu Rwanda bagirana ibiganiro bigamije gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.

    Perezida Paul Kagame yagarutse no ku ntara ya Ethiopia yitwa Tigrey ikomeje kurangwamo ibibazo by’umutekano, aho yavuze ko ibyo bibazo ibifatanyije n’ibindi bihugu nka Malawi, Sudan Y’Epfo, Djibuti, Eytrea, akavuga ko ibyo bibazo bikomeje kuganirwaho mu rwego rwo kubishakira umuti.


    source : https://ift.tt/3h5q9fi

  • Kicukiro: Hifashishijwe amarushanwa mu guhangana na COVID-19, umurenge wa mbere uzahembwa imodoka – #rwanda #RwOT

    Iyi gahunda ku rwego rw’Akarere ka Kicukiro yatangirijwe mu Murenge wa Kanombe, mu Isoko rya Kabeza. Imihigo iyikubiyemo yasinyiwe imbere y’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange.

    Umujyi wa Kigali wayitekerejeho hagamijwe gukomeza gushishikariza abaturage kutadohoka mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Abatuye mu Karere ka Kicukiro kuva mu masibo bashyiriweho amarushanwa agamije kurwanya Covid-19, aho abazayatsinda bazahabwa ibihembo birimo n’imodoka.

    Iyi gahunda yatangijwe ku wa 3 Nzeri 2021. Mu Murenge wa Kanombe, yatangirijwe mu Kagari ka Kabeza, aho abayobozi b’amasibo basinye imihigo imbere y’abayobozi b’umudugudu, mu gikorwa cyari gihagarariwe n’Umuyobozi w’uyu murenge.

    Bimwe mu byagarutsweho muri iyi mihigo, harimo kwiyemeza gukangurira abaturage kwitabira igikorwa cyo kwikingiza, kurwanya ubusinzi by’umwihariko ubukomoka ku nzoga z’inkorano biteza umutekano muke ndetse no kutadohoka ku ngamba zo kwirinda icyorezo.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, Nkurunziza Idrissa, yavuze ko gusinya iyi mihigo bizafasha abaturage gukaza ingamba zo kwirinda.

    Yakomeje ati “Hari ibikorwa bigaragarara abaturage bamaze kugeraho, iyi gahunda irashimangira ibyo twari dusanzwe dukora ntabwo ari uyu munsi dutangiye. Icyo izafasha gikomeye ni uguhindura imyumvire y’abaturage, uburyo bakwirinda COVID-19 n’uburyo bafashanya na bagenzi babo mu kuyirwanya.”

    Iyi gahunda iri gukorerwa mu tugari twose ndetse gusinya iyi mihigo bizafasha mu gukumira icyorezo cya Covid-19.

    Yavuze ko nk’umurenge biteguye kwegukana ibihembo byashyizweho kuko n’ubusanzwe bajya babyegukana mu ngeri zitandukanye.

    Irushanwa ry’imirenge 35 yo mu Mujyi wa Kigali, kuri Kanombe si rishya kuko yagiye itwara ibihembo bitandukanye nk’ibijyanye n’isuku aho yigeze kwegukana imodoka.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, yashimiye Umurenge wa Kanombe wari ufite ibyiciro by’abaturage birimo abayobozi kuva ku masibo ndetse by’umwihariko hakabamo n’icyiciro cy’abacuruzi gihagarariye abandi bafatanyabikorwa mu kurwanya Covid-19.

    Yagize ati “Icyo turi guharanira ni ukugira ngo abaturage ntibirare, cyane ko bije amabwiriza dufite uyu munsi afite asa nk’aho hari ibintu byasubukuwe harimo nko gutaha saa Yine. Ibyo rero turi kubikora ngo abaturage batirara batumva ko ibintu byinshi byasubukuwe ngo bumve icyorezo cya COVID-19 cyarangiye.”

    Yashimiye abacururiza mu Isoko rya Kabeza ku kuba ryarabaye intangarugero mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, abasaba kwigisha n’abandi uko byagenze ngo bagume mu mihigo yo kubahiriza amabwiriza, hato imibare y’abandura itongera kuzamuka.

    Usibye mu Murenge wa Kanombe, ubu bukangurambaga bugamije gushishikariza abaturage kutadohoka mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, kugira isuku no kwibungabungira umutekano, bwanatangijwe muri Gahanga, ahashyizwe ibyapa muri buri Mudugudu byibutsa abaturage amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Nyuma y’iki gikorwa hafashwe ifoto y’urwibutso

    Hari icyizere ko iyi gahunda izatanga umusaruro kuko imbaraga z’abaturage bashyize hamwe ntacyo zitakora

    Umuhango wabaye hubahirizwa amabwiriza yo kurwanya COVID-19 arimo guhana intera no kwambara neza agapfukamunwa

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, yifatanyije n’abatuye mu Mirenge ya Kanombe na Gahanga mu bukangurambaga bugamije gushishikariza abaturage kutadohoka mu kwirinda Covid-19, kugira isuku no gucunga umutekano

    source : https://ift.tt/3BNfe1t

  • Perezida Kagame yakomoje ku nshuro imwe rukumbi yahuye na Rusesabagina (Video) – #rwanda #RwOT

    Rusesabagina ari mu nkiko zo mu Rwanda, aho we n’abandi 20 bakurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba byakozwe n’Umutwe w’Iterabwoba MRCD-FLN, wagabye ibitero bitandukanye ku Rwanda guhera mu 2018 bigahitana abaturage b’inzirakarengane.

    Hagiye havugwa byinshi cyane cyane mu itangazamakuru mpuzahamahanga, bamwe bavuga ko Rusesabagina azira filime ‘Hotel Rwanda’ yakinwe igasohoka mu 2004, ivuga ku buzima bw’Abatutsi bari bahungiye muri ‘Hotel de Mille Collines’ Rusesabagina yayoboraga, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Filime igaragaza ko Abatutsi bahungiyemo batabawe na Rusesabagina, nyamara ba nyir’ubwite bagiye bavuga ko atari ubuntu yabagiriraga ahubwo bishyuraga kuba muri iyo hotel yari irinzwe n’Ingabo za Loni zari mu Rwanda, MINUAR.

    Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’itabwa muri yombi rya Rusesabagina, havuzwe byinshi bitandukanye, birimo no kuvuga ko ari ibibazo bwite afitanye na Perezida Kagame.

    Mu kiganiro cyatambutse kuri RBA kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yavuze ko mu buzima bwe yahuye na Rusesabagina inshuro imwe gusa.

    Ati “Nahuye n’uriya mugabo rimwe, ngira ngo hari mu 1994 cyangwa mu 1995 ubwo yakoraga muri hotel Diplomate. Hariya hari Serena habaga hotel ntoya ifite ibyumba nka 30 cyangwa 35. Twari twagiyeyo mu birori.”

    Yakomeje agira ati “Uwari Minisitiri w’Intebe icyo gihe Twagiramungu [Faustin] ni we wamunyeretse, sinamenye ngo yahakoraga iki. Ni bwo bwa mbere n’ubwa nyuma muheruka, sinigeze muvugisha, simuzi ariko baragiye baravuga ngo ibi n’ibi, Kagame yagize atya […] ni ibintu bidafite ireme.”

    Nyuma yo gushyira hanze Filime Hotel Rwanda, izina rya Rusesabagina ryaratumbagiye ndetse atangira kubiherwa imidali harimo n’uwo yahawe na George Bush wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Ubwo iyo filime yerekanwaga mu Rwanda bwa mbere mu 2004, Perezida Kagame ari mu bitabiriye uwo muhango.

    Yavuze ko yagiyeyo nk’umutumirwa nk’abandi bose kandi nabwo ngo Rusesabagina ntiyari ahari.

    Ati “Ubwo filime yasohorwaga nari mpari. Rusesabagina ntabwo yari ahari, hari umugore we. Naricaye nyuma ndagenda. Uyu munsi baravuga ngo ubwo bigaragaza ko wabyemeraga, njye nari natumiwe.”

    Perezida Kagame yavuze ko icyo abakoze iyo filime batagaragaza ari uko filime ya Rusesabagina ari impimbano, itagaragaza ukuri kw’ibyabayeho ijana ku ijana.

    Kuba Rusesabagina yaragizwe icyamamare na filime, Perezida Kagame asanga atari ikibazo kandi ngo si nabyo akurikiranyweho mu butabera.

    Ati “Niba uyu mugabo yari umukinnyi muri iyo filime, ibyo bindebaho iki? Ibintu byatangiye kuba bibi ubwo hazagamo politiki […] Rusesabagina ntabwo akurikiranyweho filime yakinnyemo, oya. Iyo biba ibyo, byakabaye byarabaye kera. Icyo akurikiranyweho ni ugukorana n’imitwe y’iterabwoba. Na we ubwe yagiye abyivugira kenshi mu ruhame. Abantu barapfuye kubera ibikorwa by’iyo mitwe.”

    Perezida Kagame yashimangiye ko na mbere y’itabwa muri yombi rya Rusesabagina umwaka ushize, u Rwanda rwari rwatangiye kumukurikirana ku bikorwa bye bihungabanya umutekano w’u Rwanda.

    Ati “Ntabwo ari ibintu byahimbwe umunsi umwe. Uyu munsi ari hano abibazwa ariko ntaho bihuriye na fililme. Nta n’umwe tubabajwe n’ubwamamare bwe, ibyo ni ibye. Ikibazo ni ubuzima bw’abanyarwanda bwabuze kubera ibikorwa bye cyangwa iby’imitwe yabarizwagamo.”

    Yavuze kandi uburyo bitumvikana kuba Rusesabagina aregwa hamwe n’abandi, ariko abamusabira kurekurwa bakabikora kuri we gusa.

    Ati “Ntacyo bavuga ku bandi baregwa hamwe. Ni nk’aho we afite ubudahangarwa bwo kudakurikiranwa. Byose byarasobanuwe kuri iki kibazo ariko hari abantu batekereza ku Isi, ngo kanaka ibyo yaba yarakoze byose, ntimugomba kumukoraho.”

    Ku gitutu u Rwanda rushyirwaho ngo Rusesabagina arekurwe, Perezida Kagame yavuze ko ntacyo bivuze kuko atari hejuru y’amategeko.

    Ati “Ntacyo bivuze urusaku rwose waba ufite, ibyo uhimba byose uyu mugabo agomba kugezwa mu rukiko akaburanishwa agahabwa ubutabera, waba ubyemera cyangwa utabyemera.”

    Biteganyijwe ko umwanzuro ku rubanza rwa Rusesabagina n’abandi baregwa hamwe, uzafatwa tariki 20 Nzeri 2021.

    Perezida Kagame yavuze ko ibyaha Rusesabagina akurikiranyweho ntaho bihuriye na filime yagaragayemo yiswe ‘Hotel Rwanda’

    source : https://ift.tt/3h7Ce3r

  • Perezida Kagame yavuze ku muhanda Uganda ishaka kubaka ngo isibire u Rwanda amayira – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na RBA kuri iki Cyumweru, yavuze ko ikibazo cy’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda kigenda gifata indi ntera kuko ubu iki gihugu gisigaye gitwerera u Rwanda ibibazo rutanagizemo uruhare.

    Ati “Ubu ikibazo cyose kibaye cyane cyane icy’umutekano cyo muri Uganda cyihariye bavuga ko kigomba kuba cyavuye mu Rwanda n’iyo bidafite ahantu bihuriye na busa, n’iyo bitarimo n’Umunyarwanda babisanzemo ariko igisobanuro cya buri kibazo cyose.”

    “Buriya n’iyo haba habaye ikibazo cya COVID-19 nk’uko twese dufite icyo kibazo, Isi yose ifite ikibazo cya COVID-19, uzagira utya wumve Umuyobozi muri Uganda avuga ko ikibazo cya COVID-19 cyaturutse mu Rwanda cyangwa gitewe n’u Rwanda. Buri kibazo cyose n’ikidafitanye isano n’u Rwanda.”

    Perezida Kagame yavuze ko ibi byaje byiyongera ku mubare munini w’Abanyarwanda bahohoterwa na Uganda bamwe muri bo bakajugunywa ku mupaka babaye intere. Uretse abahohoterwa hari n’Abanyarwanda bicwa, cyane ko imibare igaragaza ko kuva mu 2019 hamaze gupfa abagera kuri 18.

    Yavuze ko kugeza ubu atarumva neza ikibazo Uganda ifite k’u Rwanda n’umurongo gikwiye guhabwa kugira ngo ibihugu byombi byongere kubana neza.

    Ati “Ntabwo numva neza impamvu, no kugira ngo tubone uko tubikemura neza biracyagoye. Ikindi birazwi neza ko habaho abantu baba muri Uganda cyangwa banyura muri Uganda cyangwa bafashwa na Uganda kugirira nabi u Rwanda, murabizi hari n’abo dufite mu nkiko. Bamwe bakatiwe abandi bari mu nkiko bazakatirwa kubera imanza z’ibyo bagiyemo banyuze muri Uganda cyangwa bafashijwe na Uganda kudutera.”

    “N’ubu hari ibindi birimo abantu bamwe muzi bari mu mahanga baba hanze muri Afurika y’Epfo no mu bihugu bindi bitandukanye bakorera muri Uganda ngo ibigamije mu gihe kizaza kugirira nabi u Rwanda.”

    Barashaka kurutera ibibazo

    Muri Gicurasi 2021, itangazamakuru rya Uganda ryatangaje ko iki gihugu gifite umushinga wo kubaka umuhanda unyura muri Tanzania ukagera i Burundi unyuze ku gice cy’Amajyaruguru yabwo.

    Amakuru avuga ko uwo muhanda uzaca Kitagate mu gace ka Isingiro ugakomeza Myotera-Mutukula n’i Karagwe.

    Uzava aha ukomereza mu gice cya Ngara kiri mu Majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Tanzania, aho uzava ugana mu mupaka wa Kobero uhuza Tanzania n’u Burundi.

    Ni umushinga uri mu rwego rwo guhima u Rwanda kubera ko ngo rwafunze umupaka wa Gatuna, wacagamo ibicuruzwa byavaga muri Uganda bigana mu Burundi.

    Mu kiganiro, Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri uyu muhanda, yemeza ko ugamije gushyira u Rwanda ku ruhande.

    Ati “Ejo bundi mwanasoma no mu binyamateka mukabona ngo hari imihanda izava Uganda ikanyura Tanzania ikajya i Burundi, ubwo ikigamijwe ngo ni ukugira ngo u Rwanda mbese baruce iruhande, barutere ibibazo. Bimaze kuba byinshi cyane, bimaze kugira n’ingero zifatika nyinshi.”

    Yavuze ko ibibazo by’u Rwanda na Uganda bidatanga icyizere cyo gukemuka vuba kuko bisa n’umurongo wa Politike Uganda yafashe, gusa yemeza ko u Rwanda rwahisemo inzira yo kubaka ubushobozi bwo kwirinda.

    Ati “Bisa n’ibitagabanuka, bisa n’aho ari umurongo wa politike uriho watanzwe ko ariko bigomba kugenda. Icyo twahisemo twebwe ni ukubireka uko bimeze, tukabirekera ba nyirabyo ngo babikemure. Twe icyo twakoze ni ukutagirira nabi Abanya-Uganda cyangwa abanyamahanga abo aribo bose ngo kubera ko igihugu cyabo cyatugiriye nabi cyangwa cyagiriye nabi Abanyarwanda.”

    “Icya kabiri ni ukubaka ubushobozi bwo kwirinda kugira ngo ibikomoka aho ngaho bitazagera ubwo bitugirira nabi. Icya gatatu ni ugukomeza kubwira ababikora tubabaza tuti ariko ibi ni iki, murabikorera iki ? Dushakisha uko wenda amaherezo bizarangira ariko uko birangira bizaturuka kubabikora cyangwa ababigena hanze y’Igihugu cyacu aho nta bushobozi tuhafite ba nyirabyo nibo bazahitamo icyo bakora.”

    Umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda watangiye kuzamuka mu 2017, aho Abanyarwanda batangiye kujya batabwa muri yombi bagafungirwa mu nzu z’ibanga z’inzego zishinzwe ubutasi mu gisirikare, bagakubitwa bitwa intasi, abadapfuye bakoherezwa mu Rwanda ari intere.

    Ibihugu birimo RDC na Angola byagerageje ubuhuza ariko Uganda ntiyigeze ishyira mu bikorwa amasezerano ibihugu byombi byasinye agamije guhagarika ibibangamira umutekano w’u Rwanda.

    Perezida Paul Kagame ubwo yari ateze amatwi ibibazo by’abanyamakuru, Cléophas Barore wa RBA na Jackie Lumbasi wa Royal FM

    Barore umenyerewe mu biganiro bitandukanye kuri RBA ni umwe mu banyamakuru bagiranye ikiganiro na Perezida Kagame

    Umunyamakuru Jackie Lumbasi ubwo yabazaga Perezida Kagame mu rurimi rw’Icyongereza

    Ikiganiro cyabereye muri Village Urugwiro, ahari ibiri by’Umukuru w’Igihugu

    Bamwe mu bagize Guverinoma bari bitabiriye ikiganiro Perezida Kagame yagiranye n’itangazamakuru ndetse n’abaturage

    Abaturage bahawe rugari babaza ibibazo bitandukanye umukuru w’igihugu

    Umwe mu batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi muri Musanze ubwo yashimiraga Perezida Kagame

    Sedandi Steven, umwe mu baturage batanze ibitekerezo bakabaza n’ibibazo Perezida Kagame

    Amafoto: Village Urugwiro


    source : https://ift.tt/3n4Xvi5

  • Nderitu ushinzwe kurwanya Jenoside muri Loni yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama – #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 5 Kanama 2021, Wairimu Nderitu yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama asobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ndetse n’uburyo abagerageje guhungira mu rusengero rwa Ntarama bishwe.

    Wairimu Nderitu mu butumwa yatanze kuri urwo rwibutso, yagaragaje ko bidasanzwe kubona abantu bahungira mu rusengero bizeye kubona amakiriro ariko bakahapfira.

    Ati “Uyu munsi nasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama kunamira inzirakarengane zishwe zahungiye mu rusengero, ahantu ho guhimbariza Imana ariko bakicwa.”

    Muri ubu butumwa yavuze ko nta muntu ukwiye kwibagirwa icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

    Ati “Ntabwo tuzibagirwa abo yagizeho ingaruka, ntiduteze kwibagirwa icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

    Wairimu Nderitu ubwo yasuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko ibihugu bigicumbikiye abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bikwiye kubatanga bakagezwa imbere y’ubutabera.

    Ati “Ndagira ngo mpamagarire ibihugu byose ku Isi bifatwa nk’ibinyamuryango bya Loni, niba umwe muri mwe acumbikiye uwakoze Jenoside reka nkwibutse ko bitoroshye no gucumbikira n’umuntu umwe ucyekwa kuba yarishe umuntu umwe. Biragoye cyane kumva ko hari ushobora gucumbikira uwishe ibihumbi n’ibihumbi cyangwa miliyoni y’abantu.”

    Yakomeje agira ati “Nzakora uko bishoboka ngere kuri buri wese nganira n’ibihugu by’ibinyamuryango bicumbikiye aba bantu kuko bose bagomba gushyikirizwa ubutabera.”

    Urwibutso rwa Ntarama ruherereye mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ntarama, rwahoze ari urusengero ariko rwiciwemo ibihumbi by’Abatutsi bari bahahungiye muri Jenoside, biteze kuharokokera.

    Yasobanuriwe amateka n’uburyo abahungiye muri uru rusengero bishwe bunyamaswa

    Wairimu ubwo yandikaga ubutumwa mu gitabo cy Abashyitsi ku rwibutso rwa Ntarama

    Ubutumwa Alice Wairimu Nderitu yanditse mu gitabo cy’bashyitsi nyuma yo gusura urwibutso rwa Ntarama

    Nderitu yanagiranye ibiganiro n’abahagarariye IBUKA baganira ku bufatanye mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside igikwirakwizwa ku Isi

    source : https://ift.tt/3BLudJm

  • Abavuye mu Buhinde na Uganda ntibazongera kujya mu kato bageze mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 15 Kamena 2021, nibwo Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko bitewe n’ubwiyongere bwinshi bwa Coronavirus izwi nka Delta yagaragaraga muri ibyo bihugu, abagenzi babiturukamo bagomba kumara iminsi irindwi mu kato.

    Minisiteri yavuguruye amabwiriza yari asanzwe , aho ubu umugenzi wese winjira mu Rwanda agomba kuba afite icyemezo cy’uko atanduye Covid-19, bigaragazwa no kuba yaripimishije mu masaha 72 mbere y’uko yinjira mu Rwanda.

    Nyuma yo kugera mu Rwanda, umugenzi azajya afata ikindi gipimo, ajye gutegereza igisubizo muri imwe muri hoteli zemejwe.

    Aya mabwiriza kandi azajya akurikizwa n’abantu bafite ingendo zica mu Rwanda zikomeza nyuma y’amasaha 12, bakazajya bishyura amadorali 60 arimo 50 y’igipimo 10 ya serivisi zo ku kibuga cy’indege.

    Abagenzi binjira mu Rwanda bakoresheje inzira z’ubutaka, bo bagomba kwipimisha COVID-19 hakoreshejwe RT-PCR, bagategereza igisubizo muri hoteli mbere yo gukomeza urugendo.

    Ku ruhande rw’abagenzi basohoka igihugu, Minisiteri yatangaje ko bazajya bagaragaza icyemezo cy’uko batanduye Covid-19, cyafashwe mu masaha 72 ashize, mu buryo bwa SARS-CoV 2 Real Time Polymerase Chain Reaction (RT-PCR).

    Abagenzi baza mu Rwanda bavuye muri Uganda n’u Buhinde ntabwo bazongera kujya mu kato

    source : https://ift.tt/2WWqYQE

  • Perezida Kagame yakomoje ku nshuro imwe rukumbi yahuye na Rusesabagina – #rwanda #RwOT

    Rusesabagina ari mu nkiko zo mu Rwanda, aho we n’abandi 20 bakurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba byakozwe n’Umutwe w’Iterabwoba MRCD-FLN, wagabye ibitero bitandukanye ku Rwanda guhera mu 2018 bigahitana abaturage b’inzirakarengane.

    Hagiye havugwa byinshi cyane cyane mu itangazamakuru mpuzahamahanga, bamwe bavuga ko Rusesabagina azira filime ‘Hotel Rwanda’ yakinwe igasohoka mu 2004, ivuga ku buzima bw’Abatutsi bari bahungiye muri ‘Hotel de Mille Collines’ Rusesabagina yayoboraga, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Filime igaragaza ko Abatutsi bahungiyemo batabawe na Rusesabagina, nyamara ba nyir’ubwite bagiye bavuga ko atari ubuntu yabagiriraga ahubwo bishyuraga kuba muri iyo hotel yari irinzwe n’Ingabo za Loni zari mu Rwanda, MINUAR.

    Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’itabwa muri yombi rya Rusesabagina, havuzwe byinshi bitandukanye, birimo no kuvuga ko ari ibibazo bwite afitanye na Perezida Kagame.

    Mu kiganiro cyatambutse kuri RBA kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yavuze ko mu buzima bwe yahuye na Rusesabagina inshuro imwe gusa.

    Ati “Nahuye n’uriya mugabo rimwe, ngira ngo hari mu 1994 cyangwa mu 1995 ubwo yakoraga muri hotel Diplomate. Hariya hari Serena habaga hotel ntoya ifite ibyumba nka 30 cyangwa 35. Twari twagiyeyo mu birori.”

    Yakomeje agira ati “Uwari Minisitiri w’Intebe icyo gihe Twagiramungu [Faustin] ni we wamunyeretse, sinamenye ngo yahakoraga iki. Ni bwo bwa mbere n’ubwa nyuma muheruka, sinigeze muvugisha, simuzi ariko baragiye baravuga ngo ibi n’ibi, Kagame yagize atya […] ni ibintu bidafite ireme.”

    Nyuma yo gushyira hanze Filime Hotel Rwanda, izina rya Rusesabagina ryaratumbagiye ndetse atangira kubiherwa imidali harimo n’uwo yahawe na George Bush wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Ubwo iyo filime yerekanwaga mu Rwanda bwa mbere mu 2004, Perezida Kagame ari mu bitabiriye uwo muhango.

    Yavuze ko yagiyeyo nk’umutumirwa nk’abandi bose kandi nabwo ngo Rusesabagina ntiyari ahari.

    Ati “Ubwo filime yasohorwaga nari mpari. Rusesabagina ntabwo yari ahari, hari umugore we. Naricaye nyuma ndagenda. Uyu munsi baravuga ngo ubwo bigaragaza ko wabyemeraga, njye nari natumiwe.”

    Perezida Kagame yavuze ko icyo abakoze iyo filime batagaragaza ari uko filime ya Rusesabagina ari impimbano, itagaragaza ukuri kw’ibyabayeho ijana ku ijana.

    Kuba Rusesabagina yaragizwe icyamamare na filime, Perezida Kagame asanga atari ikibazo kandi ngo si nabyo akurikiranyweho mu butabera.

    Ati “Niba uyu mugabo yari umukinnyi muri iyo filime, ibyo bindebaho iki? Ibintu byatangiye kuba bibi ubwo hazagamo politiki […] Rusesabagina ntabwo akurikiranyweho filime yakinnyemo, oya. Iyo biba ibyo, byakabaye byarabaye kera. Icyo akurikiranyweho ni ugukorana n’imitwe y’iterabwoba. Na we ubwe yagiye abyivugira kenshi mu ruhame. Abantu barapfuye kubera ibikorwa by’iyo mitwe.”

    Perezida Kagame yashimangiye ko na mbere y’itabwa muri yombi rya Rusesabagina umwaka ushize, u Rwanda rwari rwatangiye kumukurikirana ku bikorwa bye bihungabanya umutekano w’u Rwanda.

    Ati “Ntabwo ari ibintu byahimbwe umunsi umwe. Uyu munsi ari hano abibazwa ariko ntaho bihuriye na fililme. Nta n’umwe tubabajwe n’ubwamamare bwe, ibyo ni ibye. Ikibazo ni ubuzima bw’abanyarwanda bwabuze kubera ibikorwa bye cyangwa iby’imitwe yabarizwagamo.”

    Yavuze kandi uburyo bitumvikana kuba Rusesabagina aregwa hamwe n’abandi, ariko abamusabira kurekurwa bakabikora kuri we gusa.

    Ati “Ntacyo bavuga ku bandi baregwa hamwe. Ni nk’aho we afite ubudahangarwa bwo kudakurikiranwa. Byose byarasobanuwe kuri iki kibazo ariko hari abantu batekereza ku Isi, ngo kanaka ibyo yaba yarakoze byose, ntimugomba kumukoraho.”

    Ku gitutu u Rwanda rushyirwaho ngo Rusesabagina arekurwe, Perezida Kagame yavuze ko ntacyo bivuze kuko atari hejuru y’amategeko.

    Ati “Ntacyo bivuze urusaku rwose waba ufite, ibyo uhimba byose uyu mugabo agomba kugezwa mu rukiko akaburanishwa agahabwa ubutabera, waba ubyemera cyangwa utabyemera.”

    Biteganyijwe ko umwanzuro ku rubanza rwa Rusesabagina n’abandi baregwa hamwe, uzafatwa tariki 20 Nzeri 2021.

    Perezida Kagame yavuze ko ibyaha Rusesabagina akurikiranyweho ntaho bihuriye na filime yagaragayemo yiswe ‘Hotel Rwanda’

    source : https://ift.tt/3yK5WBt

  • Igisubizo ni OYA – Perezida Kagame ku bishinjwa u Rwanda byo gukoresha Pegasus mu butasi – #rwanda #RwOT

    Inkuru y’uko hari ibihugu bikoresha “Pegasus” mu butasi yatangiye gukwira Isi muri Nyakanga itangajwe bwa mbere na Washington Post n’ibindi binyamakuru 16 byihurije hamwe, aho bivugwa ko hari nimero ibihumbi 50 zishobora kwinjirirwa.

    U Rwanda rushyirwa mu majwi mu bihugu bikoresha iyo porogaramu cyo kimwe n’ibindi 10 birimo Mexique, Azerbaijan, Kazakhstan, Hongrie, Togo, Maroc, u Buhinde, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Bahrain na Arabie Saoudite.

    Bivugwa ko ku ruhande rw’u Rwanda hari abantu 3500 telefoni zabo zishobora kumvirizwa hakoreshejwe iyi porogaramu.

    Mu kiganiro Umukuru w’Igihugu yagiranye na RBA kuri iki Cyumweru tariki ya 5 Nzeri 2021, yongeye kubazwa niba rwaba rukoresha Pegasus, asubiza ko rutanayigeze kandi ko rwabisobanuye inshuro nyinshi.

    Perezida Kagame yavuze ko ubutasi bwatangiye gukorwa kera kuva umuntu yabaho ndetse ko hari uburyo bwinshi bwifashishwa, ariko iyo bigeze ku Rwanda, izina ryarwo rivugwamo mu buryo bwihariye n’abantu barushinja gutata binyuranyije n’amategeko ariko wabisesengura ugasanga hari ikindi kigamijwe.

    Ubwo byatangiraga kuvugwa, mu bantu u Rwanda rwashinjwe gutata rwifashishije Pegasus harimo na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa.

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko mu gihe umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo wari utangiye kuzahuka, hari abantu batabyishimiye barangije babyuririraho barushinja gukoresha Pegasus.

    Yavuze ko bwa mbere mu 2019 ubwo byavugwaga ko rukoresha iri koranabuhanga, rwabisobanuye n’ubwa kabiri nabwo rukabisobanura mu buryo burambuye.

    Ati “Twarabisobanuye ntekereza ko byarangiye, hanyuma birongera biragaruka, turabisobanura. Abashinzwe umutekano, abashinzwe umutekano mu by’ikoranabuhganga barabisobanura mu buryo burambuye, uko tudafite bene icyo gikoresho.”

    “Ariko kimwe n’ibindi bihugu u Rwanda rukora ubutasi, kandi hari uburyo bwinshi bwo kubikora, buri wese arabizi n’abo banyamakuru barabizi. Muri make, umunyamakuru wakoze ibyo birego, birashoboka ko yabonye ayo makuru yakoresheje mu guhimba ibinyoma, binyuze mu gutata. Barabikora. Ariko twababwiye ko tudafite ibyo bikoresho.”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko batari gutinyuka kumubaza niba u Rwanda rukora ubutasi kuko ibyo ubwabyo byisobanura kandi n’igisubizo buri wese akizi.

    Ati “Iyo baza kumbaza bati u Rwanda rukora ubutasi, bazi igisubizo, ntabwo bari kumbaza kuko bo, inzego, abantu ku giti cyabo bakurikira abantu, bashaka amakuru mu buryo butandukanye.”

    “Niba uri kuvuga ngo turi gukora ubutasi dukoresheje iki gikoresho, igisubizo ni OYA kandi twarabibabwiye. Abantu bacu barabibabwiye. Twaranababwiye tuti hari ibihugu mwagaragaje ko bibikoresha kandi bibyemera ariko kuri twe twarababwiye tuti Oya ntabwo tuyikoresha.”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda rwabwiye abarushinja gukoresha Pegasus ko bajya kureba abantu bayihimbye, bakababaza ibihugu biyikoresha kandi ko baza gusanga rwo rutarimo.

    Ati “Tuti kuki mutajya kureba abo bantu bakoze iyo porogaramu yifashishwa mu butasi ngo bababwire abayifite n’abatayifite kandi murasanga u Rwanda rutayifite. Ni gute twakoresha icyo tudafite?”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko ku mpamvu abo bantu bazi ubwabo, icyo bashaka ari ugusiga icyasha u Rwanda ku buryo bakomeza mu murongo batangiye mu myaka 27 ishize.

    Ati “Tuzakomeza gukora icyo twumva ko kiboneye ku bwacu, dusobanure ibitari ukuri.”

    Iri koranabuhanga bivugwa ko iyo rihujwe na nimero y’umuntu runaka, rihita ryibasira telefoni ye binyuze kuri WhatsApp n’izindi mbuga nkoranyambaga cyangwa se mu gisa na “missed calls”.

    Rishobora guha urikoresha password za nyiri telefoni, rikamufasha gusoma ubutumwa bwe no kumva ibyo avugana n’abandi.

    Ikindi ni uko rishobora kwifashisha GPS rikerekana aho nyiri telefoni ari. Bivugwa ko rishobora kubona amakuru yo kuri telefoni z’ubwoko ubundi bizwi ko bwizewe ku mutekano nka iPhone cyangwa zikareba n’ubutumwa bwo kuri application zizwiho kuba zizewe kurusha izindi nka Signal.

    Ku muntu ufite telefoni ikoresha camera, iri koranabuhanga rishobora gutuma yifungura ku buryo umuntu uri kurikoresha ashobora kubona amashusho y’aho nyirayo ari.

    Pegasus igurishwa igihugu cyangwa imiryango itegamiye kuri leta. Mu kuyikoresha hagurwa uburenganzira (license). Bivugwa ko igiciro kizwi n’umuguzi n’ugurisha, gusa ngo license imwe ishobora kugura miliyoni 100 Frw.

    Mu 2016, byavugwaga ko NSO Group yishyuzaga ibihumbi 650 $ [asaga miliyoni 650 Frw] kuri telefoni cyangwa se mudasobwa 10. Gusa mbere habanza kwishyurwa ibihumbi 500 $ (miliyoni zirenga 500 Frw) yo gushyira (installation) iyo porogaramu muri mudasobwa.

    Perezida Kagame yavuze ko abakomeje gusebya u Rwanda atazi impamvu babikora ariko akeka ko bituruka ku mateka maremare anafite aho ahuriye na Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Yavuze ko hari n’abavuye mu Rwanda bakoze ibyaha bitandukanye birimo no gusahura igihugu, atanga urugero kuri Ndagijimana JMV wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa mbere w’u Rwanda nyuma ya Jenoside, wibye amafaranga yagombaga kwifashishwa mu gufungura za Ambasade ariko akagenda avuga ko yari agiye kwicwa.

    Ati “Ndibuka ubwo twafataga ubutegetsi mu 1994, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa mbere uba mu Bufaransa, ubu yirirwa mu itangazamakuru asebya Guverinoma ariko uwo mugabo yabaye Minisitiri mu gihe gito, kugira ngo u Rwanda rufungure Ambasade zari zarafunze, abadipolomate basubireho, simbizi hari uwakoze amakosa ahari amuha amafaranga mu ntoki aragenda ntiyagaruka.”

    Abantu bamushyigikira ngo ni abigisha u Rwanda indangagaciro, ariko ubu afite ukwishyira ukizana ku buryo arwigisha politiki rukwiriye kugenderaho.

    Ati “Buri wese usakuza hariya hanze, mbaza ndakubwira cyangwa se wasanga usanzwe ubizi, ngo ni bande n’abaturage basanzwe bazakubwira, ngo uyu yafashe ku ngufu, uyu yaribye, ariko bagera hariya bagahabwa ijambo.”

    Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudakoresha Pegasus ndetse ko rutigeze ruyikoresha

    source : https://ift.tt/38EQuMC

  • Perezida Kagame yahishuye ko mu byihebe byo muri Cabo Delgado harimo n’Abanyarwanda – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda ku Cyumweru tariki ya 5 Nzeli 2021 cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo izijyanye no kurwanya Covid-19, ububanyi n’amahanga, n’ibindi.

    Umukuru w’Igihugu yatangaje ko Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique kurwanya umutwe ugendera ku matwara y’idini ya Islam wateje umutekano muke ukigarurira Intara ya Cabo Delgado.

    Yavuze ko ubwo u Rwanda rwasabwaga na Mozambique ubufasha, rwiyemeje gukoresha ubushobozi rufite na cyane ko ubukenewe atari bwinshi nk’uko abantu babitekereza.

    Ati “Bisaba abantu bazi icyo bashaka, bafite ubushobozi mu buryo runaka, kandi dutekereza ko tubufite rero twemera gukorana na Mozambique mu kubohora agace kabo n’abaturage babo bari bamaze igihe mu bibazo mu myaka ine ishize.”

    Intara ya Cabo Delgado ifite ubuso bungana na 82.625, ukoze imibare wasanga iruta u Rwanda inshuro 3,1. Perezida Kagame yavuze ko ibyo byihebe byashakaga kuyirenga hanyuma bigafata n’ibindi bice.

    Hashize ukwezi n’iminsi 27 u Rwanda rwohereje muri Mozambique ingabo n’abapolisi 1000, ubu zifatanyije n’Ingabo za Mozambique zabashije kubohora ibice byinshi n’abaturage batangira guhunguka.

    Kuva izo ngabo zakoherezwa muri Mozambique hari abatangiye kuvugwa ko ari ubutumwa butewe inkunga n’u Bufaransa mu kurengera imishinga y’ishoramari ry’Abafaransa iri muri iyo ntara.

    Perezida Kagame yavuze ko kugeza ubu, u Rwanda rukoresha ubushobozi bwarwo rudategereje undi uwo ariwe wese.

    Ati “Dufite ubushobozi buhagije dushobora gusaranganya n’abavandimwe. Nta muntu udutera inkunga muri ibi […] gusa ndatekereza ko umusaruro uruta cyane amafaranga twashoye.”

    Yahishuye kandi ko nubwo Mozambique itegeranye n’u Rwanda cyane, kugerayo ari urugendo rw’amasaha abiri mu ndege. Ikindi kandi ni uko bimwe mu byihebe biri mu Ntara ya Cabo Delgado, harimo n’Abanyarwanda.

    Ati “Bamwe muri ibyo byihebe, twabonye ko baturuka mu bice bitandukanye harimo n’u Rwanda. Twabonye ko harimo Abanyarwanda, hari Abanya-Uganda, Abanye-Congo, Abarundi, Abanya-Tanzania bose barahagarariwe. Muri kariya gace, ibyo byihebe bituruka mu bihugu bitandukanye.”

    Agace kari kuberamo imirwano muri Cabo Delgado, karimo umutungo kamere ufatika urimo na Gas. Yashowemo imari na TotalEnergies y’asaga miliyari 20 z’amadolari ashobora kwiyongera akagera kuri miliyari 50$ mu mushinga wiswe LNG, Liquefied Natural Gas.

    Gusa muri iki gihe kubera ibikorwa by’ibyo byihebe, uyu mushinga warahagaze. Mu gihe amahoro yaba yagarutse, byitezwe ko imirimo izasubukurwa.

    Perezida Kagame yavuze ko kugeza ubu, Ingabo n’Abapolisi 1000 u Rwanda rwohereje zihagije, nta kibazo gihari gisaba ko hakongerwa izindi. Gusa mu gihe byaba bibaye ngombwa, byasuzumwa bigendanye n’ibikenewe.

    Yabajijwe ibijyanye n’imikoranire n’Ingabo za SADC, avuga ko kugeza ubu hari imikoranire myiza, Ingabo z’u Rwanda ziri muri Cabo Delgado zivugana, zihura n’izo zindi ziriyo ku buryo imikoranire iba myiza.

    Ati “Hari akazi kenshi, ntabwo numva ko bisaba igihugu kimwe cyangwa umufatanyabikorwa umwe kugira ngo atange ubufasha […] tuzakorera hamwe, ariko birumvikana ni Abanya-Mozambique bo ba nyiri gihugu bazaha umurongo uko ibintu bigenda.”

    Umutwe w’iterabwoba urwanira muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado witwa “Ahlu Sunnah Wa-Jama” gusa imbere mu gihugu abaturage bawita “Al Shabaab”.

    Bibarwa ko abaturage barenga 3000 ari bo bamaze kwicwa n’ibyo byihebe, mu gihe abavuye mu byabo bo barenga ibihumbi 700.

    Perezida Kagame yavuze ko mu byihebe byigabije Intara ya Cabo Delgado harimo n’Abanyarwanda

    Ntabwo bizwi neza icyo aba barwanyi bashaka, impamvu batangije urugamba n’ibindi nk’ibyo

    source : https://ift.tt/3n6fULi

  • RIB irihanangiriza abagabo basambanya abana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RIB ivuga ko gusambanya abana bibatera ihungabana
    RIB ivuga ko gusambanya abana bibatera ihungabana

    RIB kandi iributsa ababyeyi n’abandi babonye umwana wasambanyijwe kwihutisha ibirego hakigaragara ibimenyetso kuko iyo bikerewe bishobora gusibangana, cyangwa ukekwaho icyaha akaba yacika ubutabera.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, avuga ko mu bukangurambaga bumaze icyumweru bukorerwa mu Karere ka Muhanga mu gukumira no kurwanya ibyaha, byagaragaye ko hari ingero z’abana bazana ibirego bamaze igihe babyaye bikaba bisaba kuzapimisha utunyangingo twa DNA ku bana n’abakekwaho kwitwa ba se, iyo ikaba ari inzira igorana kuko isaba kunyura mu nkiko.

    Agira ati “Turihanangiriza abasambanya abana kuko bari kutwicira ejo hazaza h’Igihugu, turabibutsa ko hari ibihano bikarishye kandi turasaba n’ababyeyi b’abana basambanyijwe kwihutira kugana RIB kugira ngo umwana arenganurwe”.

    Abantu bashobora kubaho badasambanya abana

    Umuyobozi ishinzwe gukumira ibyaha muri urwo rwego, Jean Claude Ntirenganya, yavuze ko nyuma yo gutahura ko abana basambanywa batwita bagashyingirwa, nabwo ari ukubahohotera kuko ingo zabo zitubakwa.

    Agira ati “Abantu babayeho badasambanya abana ntacyo byabatwara, yenda uwo irari ry’umubiri riganjije agasambana n’abakuru kuko ibyo ntawabikubaza, ariko gusambanya umwana ni ukumusigira ihungabana, kubyara imburagihe, guta amashuri kandi ari wo murage abana basigaranye”.

    Ntirenganya avuga ko umwana ushowe mu busambanyi imburagihe bishobora kumutera ihungabana ryo gusarira gukora imibonano mpuzabitsina birenze urugero, cyangwa akayizinukwa, gucibwa mu muryango, incyuro za buri munsi, kwitwa indaya no kwiyahura ku mukobwa wahohotewe.

    Agira ati ” Rimwe na rimwe hari igihe umwana atekereza nabi kubera guhozwa ku nkeke, nyamara haracyariho igaruriro ryatuma umwana wahohotewe yitabwaho akabugabungwa kuko kumugira igicibwa ari uguha icyuho uwamuhohoteye”.

    Gushyingira umwana ntaho bitaniye no kumufata ku ngufu

    Ntirenganya avuga ko hari abajya gushyingira abana batewe inda cyangwa babyaye imburagihe rinwe na rimwe n’abayobozi bakabigiramo uruhare, nyamara ngo usanga n’ababashyingira bataremya izo ngo kuko baba batarakundanye.

    Dr. Murangira Thiery, Umuvugizi wa RIB
    Dr. Murangira Thiery, Umuvugizi wa RIB

    Agira ati “Umwana w’imyaka mike ntabwo aba azi uko ingo zubakwa, nta mwana urera undi ashyingiwe ku muntu umurusha imyaka. Niba agiye atwite cyangwa ahetse ejo akaba akurikijeho undi maze wa mugabo yamara kumuhaga akaba aramutaye byose biturutse ku kuba nta makuru yatanzwe kare ngo uwahohoteye umwana akurikiranwe”.

    Abana basaga 6,000 ni bo babarurwa ko basambanyijwe umwaka ushize wa 2020, RIB ikaba itangaza ko ubukangurambaga mu kurwanya ibyaha birimo no gusambanya abana buzakomeza hirya no hino mu gihugu, kugira ngo abantu banasobanurirwe uko barwanya icyo cyaha.


    source : https://ift.tt/3h64C5Z