Tag: featured

  • Rubavu: Imodoka ipakiye inyanya yagonze ibitaro umwe ahita apfa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyi mpanuka yahitanye ubuzima bw
    Iyi mpanuka yahitanye ubuzima bw’umuntu umwe undi arakomereka

    Ni impanuka ubuyobozi buvuga ko butaramenya icyayiteye kuko mu bantu babiri bari bari bari muri iyo modoka umwe yitabye Imana undi akaba atarabasha kuvuga.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Kwizera Bonaventure, yabwiye Kigali Today ko impanuka yahitanye umuntu umwe undi arakomereka, hangirika igipangu, Imodoka n’ibyo yari itwaye.

    Yagize ati “Ntituramenya icyateye impanuka kuko umushoferi wari uyitwaye ari mu bitaro ntarabasha kuvuga, na ho undi bari kumwe yitabye Imana”.

    Polisi yihutiye kuhagera itabaye
    Polisi yihutiye kuhagera itabaye

    Impanuka z’imodoka zigonga ibitaro bya Gisenyi ntizari ziherutse, icyakora izakunze kuboneka mu bihe byashize zagiye ziterwa no kubura feri ahantu hamanuka bigatuma imodoka igonga ibitaro.

    Kubera impanuka zabaye mu myaka ya 2015, hari hasabwe ko hakorwa umuhanda unyura ku Murenge wa Rugerero ugahinguka mu Byahi ukinjira mu mujyi wa Gisenyi, icyakora ntibirashyirwa mu bikorwa.

    Izindi ngamba zari zafashwe ni uko Imodoka zihetse imizigo zinjira mu mujyi wa Gisenyi zibanza kugira aho ziruhukira kugira ngo zinjire mu mujyi zimeze neza zakorewe igenzura, byari byagabanyije impanuka ku modoka nini zinjira mu mujyi wa Gisenyi, kuko zibanza guhagarara.

    source : https://ift.tt/3zQ1Aub

  • Nyamagabe: Bifuza kugezwaho amashanyarazi bemerewe mu myaka irindwi ishize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu Mudugudu wa Nkamba mu Murenge wa Buruhukiro barifuza amashanyarazi kuko insinga zibari hafi
    Mu Mudugudu wa Nkamba mu Murenge wa Buruhukiro barifuza amashanyarazi kuko insinga zibari hafi

    Abatuye muri uwo mudugudu bavuga ko muri 2014 amashanyarazi yagejejwe ku ishuri ryisumbuye no kuri Kiliziya by’ahitwa mu Bishyiga baturanye hanyuma bo ntibabaheho, ahubwo REG igahindukira igacisha amapoto mu mirima yabo ayajyana mu mudugudu wundi baturanye, bo bagasigara hagati.

    Umwe mu bahatuye agira ati “Kandi iyo kiliziya yagarukiyeho umuriro yegeranye n’umudugudu dutuyemo, kuko hagati yayo n’ingo zigize umudugudu harimo metero zitarenga 300”.

    Undi na we ati “Icyo gihe abari bahari bagiye ku Karere gusaba ko na bo bagezwaho amashyanyarazi, barababwira ngo mutegereze tuzagaruka ikindi gihe. Byarangiriye aho!”

    Undi na we ati “Bacishije amapoto ajyana amashanyarazi ahandi batanatwishyuye. N’ubwo kutwishyura babyihorera ariko bakaduha amashanyarazi, ntacyo byaba bidutwaye”.

    Abavuga gutyo ni ababonye babuze amashanyarazi yo ku miyoboro migari bakagura ay’imirasire y’izuba, ariko ubu za batiri zayo zikaba zaramaze gusaza.

    Uwitwa Alexis agira ati “Mobisol imyaka nyimaranye batiri yarananiwe, ejobundi ngiye kwaka indi barambwira ngo kontaro twari twaragiranye yararangiye, none bisaba kongera kugura bundi bushyashya. Turavuga tuti ahasigaye reka dukandire mu buyobozi, turebe ko badukemurira iki kibazo cy’umuriro.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe ubukungu, Lambert Kabayiza, avuga ko hari umuyoboro w’amashanyarazi wa Shaba bari gukora ubungubu bashatse kujyaniranya na Nkamba, ariko ntibibakundire kubera ubukeya bw’ingengo y’imari.

    Asobanura ko uyu muyoboro w’amashanyarazi wa Shaba bawutangiye mu mwaka ushize w’ingengo y’imari, bakisanga bafite miliyoni 360 ku zisaga 830 zari zikenewe.

    Kiliziya baturiye yahawe amashanyarazi bo barasigara, nyamara ngo iri kuri metero zitarenze 300
    Kiliziya baturiye yahawe amashanyarazi bo barasigara, nyamara ngo iri kuri metero zitarenze 300

    Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari barimo gushaka uko barangiza uwo murongo batangiye, hanyuma Nkamba bakazayijyaniranya n’ahandi baturanye na ho hakeneye umuriro.

    Ati “Twari twakoze inyigo ku buryo tuzi ikiguzi gikenewe ngo Nkamba icanirwe. Wenda mu mwaka utaha w’ingengo y’imari twazareba ijyanye n’amashanyarazi tuzaba dufite, hanyuma tukareba undi muyoboro twubaka. Ubwo uko ingengo y’imari izagenda iboneka, tuzahakomatanya n’ahandi hakeneye gukorwa”.

    Impamvu avuga ko bazahakomatanya n’ahandi, ni uko umudugudu wa Nkamba wonyine ugizwe n’ingo nkeya, nyamara nk’akarere bo bubaka imiyoboro migari ifasha ingo nyinshi.

    Yongeraho ko ubundi umudugudu umwe wahabwa amashanyarazi mu buryo bworoshye ari uko bikozwe na REG, mu buryo bwo kongera amashanyarazi aho atagera.


    source : https://ift.tt/3n5ShCJ

  • Perezida Kagame aratangiza umwaka w’ubucamanza – #rwanda #RwOT

    Byitezwe ko kuri iyi nshuro uyu muhango ubera mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura.

    Umwaka ushize, uyu muhango wari wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, hari ku wa 7 Nzeli 2020. Icyo gihe mu bayobozi bari mu cyumba cy’Urukiko rw’Ikirenga harimo Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo na bamwe mu bacamanza n’abayobozi bakuru bo mu Rwego rw’Ubutabera.

    Ubwo yatangizaga umwaka w’ubucamanza wa 2020/2021, Perezida Kagame yasabye abakora mu rwego rw’ubutabera kurangwa n’ubunyangamugayo kuko aribo icyizere cy’abanyarwanda.

    Ati “Abanyarwanda bizeye ko abakora mu butabera ari inyangamugayo kandi ntibazareka gusaba ko bahorana ubudakemwa. Mugomba rero kuba inkingi ikomeye mu kurwanya ruswa, ntimukwiye kuba inkomoko yayo. Aha niho imikorere y’uru rwego igomba gushingira kugirango ikureho gukeka cg kwibwira ko abanyarwanda badahabwa ibibagenewe kandi bibakwiriye.”

    Kubera icyorezo cya COVID-19, urwego rw’ubutabera rwifashishije ikoranabuhanga nk’uburyo bworoshye mu kuburanisha imanza. Byafashije abantu benshi bari bakeneye ubutabera ku buryo barenganuwe.

    Umwaka w’ubucamanza wa 2021/22 ugiye gutangira mu gihe u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka byose ngo Covid-19 itabuza abantu ubutabera

    source : https://ift.tt/3yL6abD

  • Abamotari badafite mubazi bahawe igihe ntarengwa – #rwanda #RwOT

    Muri Kanama 2021 RURA yari yatangaje ko itariki ya nyuma yo kuba abamotari bose bakorera muri Kigali bagomba kuba bafite mubazi ari iya 4 Nzeli 2021.

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Nzeli uru rwego rwasohoye itangazo rigagaza ko abatarazibona bitewe n’impamvu zinyuranye bongerewe igihe cyo kuzishaka bityo basabwa kuba bazibonye bitarenze tariki 20 Nzeli 2021.

    Muri iri tangazo RURA yavuze ko mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali, uzageza iyo tariki atarabona mubazi atazongera kwemererwa gutwara abagenzi.

    Itangazo rikomeza rigira riti “Urwego Ngenzuramikorere rurongera kandi kwibutsa abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali bose ko nyuma y’itariki yavuzwe haruguru, ntawuzemererwa gukora uwo mwuga adafite mubazi.”

    Ukwezi kwa Kanama 2021 kose gushize abamotari bari guhabwa mubazi ndetse n’amabwiriza yo kuzikoresha. RURA yagaragaje ko habayemo impinduka mu mikorere yazo kuko mbere zari zifite ibitagenda neza bityo birakosorwa.

    Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’Abamotari, Ngarambe Daniel, aheruka kubwira IGIHE ko abamotari badakwiye kumva ko mubazi zigamije kubabangamira ahubwo ko zigiye guhesha ishema umwuga wabo.

    Mu 2020 nibwo ikoreshwa rya mubazi ryatangiye ariko abagenda kuri moto binubira igiciro gihanitse bakwaga bituma ikoreshwa ryazo rigenda gake. Ubu Urwego Ngenzuramikorere rumara impungenge abantu ko ibyo biri mu by’ibanze byitaweho mu mavugurura yakozwe.

    Mu Rwanda habarurwa ibigo bitatu bitanga serivisi za mubazi aribyo Yego Innovision Ltd, Pascal Technology na AC Group.

    Abamotari bahawe igihe ntarengwa cyo kuba babonye mubazi

    Mubazi zongeye guhagurukirwa

    Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Abamotari mu Rwanda, Ngarambe Daniel, yasabye abamotari kwihutira gufata mubazi

    source : https://ift.tt/3h62c7I

  • Ibyo u Rwanda ruzungukira mu kugira ikigo gishinzwe isanzure – #rwanda #RwOT

    Ishyirwaho ry’iki kigo ni umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 18 Gicurasi 2020. U Rwanda rwafashe umwanzuro wo gutangiza iki kigo gishinzwe ibijyanye n’isanzure kuko amakuru atangwa n’ibi bigo hirya no hino yifashishwa mu bikorwa bitandukanye.

    Inshingano z’ibanze z’iki kigo ni uguteza imbere ubumenyi mu by’isanzure n’ikoranabuhanga ryifashisha iryo sanzure, hagamijwe kugera ku nyungu zose ritanga mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.

    Iki kigo kandi kizafasha u Rwanda gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere rishya rishingiye ku isanzure n’ikoranabuhanga rijyanye naryo, mu guteza imbere umutekano, imitunganyirize y’imijyi, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no kurengera ibidukikije.

    Uretse ibi RSA ifite n’inshingano zo kugira inama Leta y’u Rwanda ijyanye no gushyiraho amahame na politiki bigenga isanzure mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga n’ishyirwa mu bikorwa ryayo.

    Mu kiganiro The New Times yagiranye n’ubuyobozi bwa RSA bwavuze ko u Rwanda rwatangiye gusogongera ku nyungu zo kuba rwarashyizeho iki kigo.

    RSA yatangaje ko mu by’ibanze imaze gufasha u Rwanda harimo kugenzura no gukurikiranira hafi ingaruka zishobora guterwa n’iruka rya Nyiragongo ryabaye muri Gicurasi 2021 ndetse n’iz’imitingito yarikurikiye.

    RSA ifatanyije n’ibigo mpuzamahanga bifite ibyogajuru mu isanzure yabashije kubona amakuru kuri iri ruka ndetse hafatwa n’ingamba zigamijwe kwirinda.

    Umuyobozi Mukuru wa RSA, Col. Francis Ngabo, yavuze ko mu bijyanye n’ubumenyi bw’isanzure harimo amahirwe menshi y’ishoramari ndetse yemeza ko u Rwanda vuba ruzatangira kuyakozaho imitwe y’intoki.

    Ati “Amafaranga aturuga mu rwego rw’iby’isanzure ku Isi agera kuri miliyari 400 $. Arenga kimwe cya kabiri cy’aya aturuka kuri serivisi za gahunda za mudasobwa ziboneka hifashishijwe icyogajuru. Hamwe n’ingamba na politike ziboneye zihari, hari amahirwe y’uko u Rwanda rwakungukira ku mahirwe ari mu rwego rw’ibijyanye n’isanzure, by’umwihariko mu bijyanye na serivisi y’amakuru.”

    Yavuze ko bitandukanye na mbere aho serivisi z’isanzure zakoreshwaga cyane mu mutekano, ubu zishobora kwifashishwa no mu mirimo y’ubukungu irimo ubuhinzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    Ati “Uyu munsi birashoboka ko twakoresha amashusho ya satellite mu kumenya amakuru ajyanye n’umusaruro w’ubuhinzi ndetse no mu kwirinda indwara zifara ibihingwa. Twabasha kandi kugenzura ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’ingaruka zabwo ku bidukikije, tukaba twamenya ibibazo byateza n’uko byarwanya.”

    “Ushobora gukoresha ikoranabuhanga mu by’isanzure rikoreshwa mu micungire y’ubutaka, mu gutunganya imijyi ndetse n’ahandi hatandukanye.”

    Col. Francis Ngabo yavuze ko u Rwanda ruri gukorana n’ibindi bigo bitandukanye kugira ngo rurebe uko rwarushaho kubyaza umusaruro isanzure.

    Ati “Tubona serivisi zishingiye ku isanzure nk’umusanzu ukomeye ku bukungu bwacu, aho inzego zitandukanye z’igihugu zishobora kubyungukiramo. Mbere na mbere turi kwibanda ku gukoresha amakuru duhabwa n’ibyogajuru by’imiryango mpuzamahanga kugira ngo tubone ibisubizo bizakoreshwa mu rwego rw’ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, iterambere ry’imijyi no kurwanya Ibiza.”

    “Hari inzego nyinshi zakungukira muri serivisi z’ibijyanye n’isanzure kandi gahunda yacu ni ugukorana n’abandi bafatanyabikorwa ba Guverinoma mu gushyiraho serivisi z’ibijyanye n’isanzure zishobora gukoreshwa mu kunoza imitangire ya serivisi no gukurikirana.”

    Yavuze ko ubu ikiraje ishinga RSA ari ugushyiraho uburyo bw’imikorere bwiza buzorohereza abantu kuba bashora imari muri serivisi zitandukanye zishobora gutangwa hifashishijwe amakuru aturuka mu isanzure. Yagaragaje ko mu bihugu byateye imbere ubumenyi mu by’isanzure bufasha muri byinshi birimo ubwikorezi, serivisi z’ubuzima ndetse n’ibidukikije.

    Kugeza ubu RSA iri mu biganiro n’ibindi bigo bitandukanye bishinzwe ibijyanye n’isanzure ndetse hari na gahunda yo kubaka ikigo gikusanyirizwamo amakuru ajyanye n’ubumenyi mu by’Isi agahuzwa n’ayari asanzwe ahari kugira ngo haboneke amakuru yakwifashishwa mu gushyira mu bikorwa gahunda zitandukanye haba iz’imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

    Umuyobozi Mukuru wa RSA, Col. Francis Ngabo yavuze ko u Rwanda ruri gukora ibishoboka byose ngo rubyaze umusaruro amahirwe ari mu by’isanzure

    source : https://ift.tt/2VoXx9e

  • Jacob Zuma yarekuwe – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yishyikirije inzego z’umutekano ku wa 08 Nyakanga kugira ngo atangire igifungo cy’amezi 15 yari yakatiwe n’urukiko ahamijwe kurusuzugura.

    Yafunzwe kubera gusuzugura abacamanza bo ku rwego rwo hejuru ba Afurika y’Epfo basigasira demokarasi mu gihe yageragezaga gukwepa kubazwa urusobe rw’ibirego bya ruswa yavuzweho mu gihe cy’ubutegetsi bwe.

    Uyu mugabo w’imyaka 79 igihe cyari gisigaye ngo asoze igifungo cye azakimara ari hanze ariko akazajya akora imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro.

    Mu kwezi gushize, ubuyobozi bwa gereza yari afungiyemo, bwatangaje ko yoherejwe mu bitaro byo hanze ya gereza kugira ngo abashe kubagwa n’abaganga ku burwayi yari afite butatangajwe, icyakora ngo ntibwari uburwayi bukabije.

    Urwego rushinzwe abagororwa muri Afurika y’Epfo rwavuze ko nyuma yo kubona raporo y’abaganga ku buzima bwa Jacob Zuma byari ngombwa ko arekurwa agakomeza kwitabwaho adafunze ndetse rusaba abaturage b’icyo gihugu kutazamuhutaza mu gihe azaba ari guhabwa ubuvuzi.

    Kuva Zuma yafungwa muri Nyakanga, Afurika y’Epfo yabayemo ibikorwa by’ihohotera ndengakamere ryanahitanye ubuzima bwa benshi abandi baratwikirwa banasahurirwa imitungo kugeza aho Polisi ifatanyije n’igisirikare mu kubihosha.

    Jacob Zuma yavuye muri gereza kubera uburwayi

    source : https://ift.tt/3DTbJbZ

  • Gufatira imitungo, guhagarikirwa ubucuruzi n’abandi: Ingamba zikakaye ku waketsweho iterabwoba mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibyabaye hariya nta wabyifuriza undi. Ni ibintu bimaze gufata indi ntera aho imitwe y’iterabwoba ivuka buri munsi nk’ibihumyo kuko hari abayiriramo akayabo, za Leta zidacunze neza zikaba zishobora kuzisanga amazi yarenze inkombe nk’uko biri mu bihugu byinshi byo mu Burasirazuba bwo hagati cyangwa muri Sahel mu Burengerazuba bwa Afurika.

    U Rwanda ntirubwirizwa ku kijyanye n’iterabwoba kuko nta myaka ishize rugabwaho ibitero umusubirizo, birimo n’ibyamenyekanye bya Nyabimata n’ahandi mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’u Rwanda, byahitanye ubuzima bw’inzirakarengane.

    Nyuma yo gushyiraho Urwego rushinzwe Ubutasi ku Mari rufite mu nshingano gutahura, gusesengura amakuru ku bikorwa by’ihererekanya ry’imari bikemangwa n’andi makuru ajyanye n’iyezandonke n’ibyaha byo gutera inkunga iterabwoba n’ikwirakwiza ry’intwaro za kirimbuzi, ubu hashyizweho n’amabwiriza ku bihano mu bijyanye n’ibyo byaha.

    Amabwiriza mashya yasohotse mu igazeti ya Leta kuwa 26 Kanama 2021, agaragaza ko mu gihe Urwego rushinzwe Ubutasi ku Mari rwamaze kubona amakuru ku muntu ukekwaho gukora iterabwoba cyangwa gukorana n’iyo mitwe, rufite ububasha bwo gutegeka ko imitungo ye ifatirwa.

    Bagize bati “Urwego, rubyibwirije cyangwa rubisabwe n’abashinzwe gutanga amakuru cyangwa urwego rugenzura kandi nta nteguza ku washyizwe ku rutonde, rutegeka gufatira cyangwa guhagarika amafaranga cyangwa undi mutungo bye, yaba, mu buryo buziguye cyangwa butaziguye, ifitwe na we, n’ikigo cyangwa n’umuntu ukora mu izina rye cyangwa uyobowe na we.”

    Mu gihe hari uwashyizwe ku rutonde, nta wemerewe gukorana na we ubucuruzi cyangwa se gukoresha ubucuruzi umutungo we.

    Amabwiriza agira ati “Nta muntu wemerewe gukoresha ubucuruzi amafaranga cyangwa undi mutungo by’uwashyizwe ku rutonde, bikubiyemo amafaranga cyangwa undi mutungo bifitwe cyangwa bigenzurwa n’uwashyizwe ku rutonde mu buryo bwuzuye; amafaranga cyangwa indi mitungo uwashyizwe ku rutonde afatanyije n’abandi cyangwa agenzura mu buryo buziguye cyangwa butaziguye.”

    “ Amafaranga cyangwa undi mutungo ukomoka cyangwa ubyarwa n’amafaranga cyangwa undi mutungo bifitwe cyangwa bigenzurwa mu buryo butaziguye cyangwa buziguye n’uwashyizwe ku rutonde; amafaranga cyangwa undi mutungo by’umuntu ukora mu izina cyangwa ayobowe n’umuntu washyizwe ku rutonde.

    Iyo hafashwe icyemezo cyo gufatira cyangwa cyo guhagarika amafaranga cyangwa undi mutungo by’umuntu washyizwe ku rutonde, uwo muntu ntashobora kubikuza amafaranga cyangwa gukoresha ubucuruzi ayo mafaranga cyangwa undi mutungo, uretse mu gihe amafaranga cyangwa undi mutungo bikenewe mu kwishyura ibyangombwa nkenerwa by’ingenzi.

    Umuntu washyizwe ku rutonde ukeneye amafaranga kugira ngo yishyure iby’ingenzi kandi bya ngombwa akora ubusabe ku Rwego rushinzwe ubutasi ku mari.

    Nta muntu ushobora guha amafaranga cyangwa undi mutungo, serivisi z’imari cyangwa izindi serivisi zijyanye na byo umuntu washyizwe ku rutonde mu buryo butaziguye cyangwa buziguye.

    Uwashyizwe ku rutonde ashobora kuba afite abandi bo mu muryango cyangwa se abo yishingiye babeshwaho n’iyo mitungo yafatiriwe. Birumvikana ko badashobora kubaho nabi bazira ibikorwa batagizemo uruhare.

    Amabwiriza ateganya ko gufatira umutungo muri ubwo buryo bitabangamira uburenganzira bw’abandi.

    Bati “Umuntu ufite inyungu ku mafaranga cyangwa undi mutungo wabujijwe kugira icyo ukorwaho cyangwa washyiriweho icyemezo cyo gufatira cyangwa guhagarika, ashobora gusaba Urwego gukura inyungu ze mu cyemezo cyo gufatira cyangwa guhagarika.”

    “Urwego rutanga igisubizo cyemera ubwo ubusabe, iyo rusanze usaba afite inyungu zemewe n’amategeko ku mafaranga cyangwa undi mutungo; nta ruhare cyangwa ubufatanyacyaha usaba yagize mu bijyanye n’igikorwa cy’iterabwoba cyangwa gutera inkunga umutwe w’iterabwoba cyangwa ukora iterabwoba bikurikiranwa; usaba agaragaza ko atari azi ikoreshwa ry’amafaranga cyangwa undi mutungo mu buryo butemewe bigatuma habaho gukeka ko ari umwere cyangwa, mu gihe yaba yari abizi, akaba atarigeze yemera ku bushake ko uwo mutungo ukoreshwa mu buryo butemewe.”

    Usaba gukomorerwa ku mutungo w’ukekwaho ibyo byaha, agomba kuba yarakoze ibishoboka byose mu gukumira ko amafaranga cyangwa undi mutungo bikoreshwa mu buryo butemewe.

    Urwego rusuzuma ubusabe, iyo rusanze bufite ishingiro rutanga uburenganzira bwo kubikuza amafaranga, kuyakoresha cyangwa undi mutungo bikenewe mu kwishyura iby’ingenzi kandi bya ngombwa n’umuntu washyizwe ku rutonde.

    Amabwiriza agaragaza ko nubwo imitungo cyangwa amafaranga by’ukekwaho iterabwoba byafatirwa, hari uburyo bishobora kuba biragijwe undi muntu akabicunga.

    Umushahara ugenerwa ucunga umutungo ukurwa mu mutungo w’umuntu washyizwe ku rutonde nk’igiciro gisanzwe kiva mu mafaranga cyangwa undi mutungo w’umuntu washyizwe ku rutonde.

    Byinshi kuri aya mabwiriza: Kanda hano

    Iterabwoba ni kimwe mu byaha byahagurukiwe muri iyi minsi

    source : https://ift.tt/38Kbfqk

  • Burera: Mu mezi atandatu abana 146 bazaba bavuye mu mirire mibi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ababyeyi bibukijwe ko kugaburira abana indyo yuzuye aribwo buryo bwonyine bwo gutegura imikurire yabo
    Ababyeyi bibukijwe ko kugaburira abana indyo yuzuye aribwo buryo bwonyine bwo gutegura imikurire yabo

    Mu Karere ka Burera habarizwa abana 146 bari munsi y’imyaka itanu, bafite imirire mibi. Aba bakaba barimo abatangiye kwitabwaho binyuze muri gahunda yo kubabyara muri batisimu; Akarere n’abo gafatanyije muri iyo gahunda, bakaba barihaye intego yo kuba abo bana bavuye mu mirire mibi mu gihe kitarenze amezi atandatu.

    Umuyobozi w’Akarere ka Burera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Manirafasha Jean de la Paix, yabwiye Kigali Today ko mu biyemeje kubyara bamwe mu bana muri batisimu, harimo abakozi mu nzego za Leta, abikorera, abakora mu nzego z’ubuvuzi, umutekano n’ibindi byiciro binyuranye by’abafatanyabikorwa b’ako Karere, bagamije kurwanya imirire mibi mu bana.

    Yagize ati “Buri muntu akurikirana umwana abereye umubyeyi wa batisimu, aho agena iminsi mu cyumweru nk’ibiri cyangwa itatu, agasanga umwana iwabo mu rugo, agakurikirana uko ababyeyi be bamwitaho, niba bamutegurira ndyo yuzuye. Ikindi ni uko yuzuzanya n’ababyeyi be mu kubonera uwo mwana iby’ibanze akenera yaba mu mafunguro no kunoza isuku ye”.

    Ati “Ni intego twihaye kandi dushyizemo imbaraga mu gihe cy’amezi atandatu ari imbere, tugamije kunganira ibigo nderabuzima n’abajyanama b’ubuzima, basanzwe bakurikirana ubuzima bw’abo bana. Duteganya ko muri abo bana bose uko ari 146, icyo gihe kizajya kurangira nta n’umwe ukigaragaraho ikibazo cy’imirire mibi”.

    Ababyara abana muri batisimu bafite imirire mibi, banafite inshingano zo guhindura imyumvire ikiri hasi, ikigaragara muri bamwe mu babyeyi igatuma icyo kibazo kidacika.

    Atanga ingero, Manirafasha yagize ati “Usanga hari nk’umubyeyi ubyukira mu mirimo imusaba gukora amasaha menshi atari hafi y’umwana, akamusiga mu rugo adafite uwo basigarana wo kumwitaho, cyangwa se n’igihe yamujyanye ntiyitwaze amafunguro ye. Mu nshingano umubyeyi ukurikirana uwo mwana azaba afite, harimo no kugira ababyeyi b’umwana inama zibafasha guhindura imyumvire, kubereka ibigize indyo yuzuye bajya bamugaburira, bifashe umwana kwitabwaho mu buryo bwimbitse”.

    Mu igenamigabi ry’umwaka wa 2021-2022, Akarere ka Burera kanateganya gushyiraho ikigega ku rwego rwa buri Murenge, gishobora kugoboka imiryango itishoboye, ifite abana bafite imirire mibi, ikabonerwa amafunguro.

    Inzego zitandukanye muri ako Karere ziyemeje gufatanya mu gufasha abana uko ari 146 kuva mu mirire mibi
    Inzego zitandukanye muri ako Karere ziyemeje gufatanya mu gufasha abana uko ari 146 kuva mu mirire mibi

    Izo gahunda ziyongeraho ingo mbonezamikurire y’abana bato, ziteganywa kongerwa mu Midugudu yose y’aka Karere uko ari 571, aho buri Mudugudu uzaba ufite nibura ingo mbonezamikurire y’abana bato eshatu.

    Manirafasha agira ati “Ibi bikorwa duteganya ko muri uyu mwaka w’igenamigambi ryo kurwanya imirire mibi mu bana bato, tuzabigeraho dufatanyije n’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’Umudugudu, abafatanyabikorwa bacu mu kurwanya imirire mibi n’ibindi byiciro byose. Kandi dusanga bizatworohera, kuko inzira n’imirongo migari, bituma tubasha kurwanya imirire mibi, Leta yabidushyiriyeho; ku buryo twizeye neza ko bizadufasha kugera kuri iyo ntego twihaye”.

    Mu baturage 397.754 batuye Akarere ka Burera, abagera ku 70.736 ni abana bari munsi y’imyaka itanu. Abana 146 bagifite imirire mibi, ni na bo Akarere kiyemeje gukurikirana by’umwihariko muri gahunda yo kubabyara muri batisimu.


    source : https://ift.tt/3zK1XpY

  • Perezida Kagame yavuze ku muhanda Uganda ishaka kubaka ngo isibire u Rwanda amayira – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na RBA kuri iki Cyumweru, yavuze ko ikibazo cy’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda kigenda gifata indi ntera kuko ubu iki gihugu gisigaye gitwerera u Rwanda ibibazo rutanagizemo uruhare.

    Ati “Ubu ikibazo cyose kibaye cyane cyane icy’umutekano cyo muri Uganda cyihariye bavuga ko kigomba kuba cyavuye mu Rwanda n’iyo bidafite ahantu bihuriye na busa, n’iyo bitarimo n’Umunyarwanda babisanzemo ariko igisobanuro cya buri kibazo cyose.”

    “Buriya n’iyo haba habaye ikibazo cya COVID-19 nk’uko twese dufite icyo kibazo, Isi yose ifite ikibazo cya COVID-19, uzagira utya wumve Umuyobozi muri Uganda avuga ko ikibazo cya COVID-19 cyaturutse mu Rwanda cyangwa gitewe n’u Rwanda. Buri kibazo cyose n’ikidafitanye isano n’u Rwanda.”

    Perezida Kagame yavuze ko ibi byaje byiyongera ku mubare munini w’Abanyarwanda bahohoterwa na Uganda bamwe muri bo bakajugunywa ku mupaka babaye intere. Uretse abahohoterwa hari n’Abanyarwanda bicwa, cyane ko imibare igaragaza ko kuva mu 2019 hamaze gupfa abagera kuri 18.

    Yavuze ko kugeza ubu atarumva neza ikibazo Uganda ifite k’u Rwanda n’umurongo gikwiye guhabwa kugira ngo ibihugu byombi byongere kubana neza.

    Ati “Ntabwo numva neza impamvu, no kugira ngo tubone uko tubikemura neza biracyagoye. Ikindi birazwi neza ko habaho abantu baba muri Uganda cyangwa banyura muri Uganda cyangwa bafashwa na Uganda kugirira nabi u Rwanda, murabizi hari n’abo dufite mu nkiko. Bamwe bakatiwe abandi bari mu nkiko bazakatirwa kubera imanza z’ibyo bagiyemo banyuze muri Uganda cyangwa bafashijwe na Uganda kudutera.”

    “N’ubu hari ibindi birimo abantu bamwe muzi bari mu mahanga baba hanze muri Afurika y’Epfo no mu bihugu bindi bitandukanye bakorera muri Uganda ngo ibigamije mu gihe kizaza kugirira nabi u Rwanda.”

    Barashaka kurutera ibibazo

    Muri Gicurasi 2021, itangazamakuru rya Uganda ryatangaje ko iki gihugu gifite umushinga wo kubaka umuhanda unyura muri Tanzania ukagera i Burundi unyuze ku gice cy’Amajyaruguru yabwo.

    Amakuru avuga ko uwo muhanda uzaca Kitagate mu gace ka Isingiro ugakomeza Myotera-Mutukula n’i Karagwe.

    Uzava aha ukomereza mu gice cya Ngara kiri mu Majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Tanzania, aho uzava ugana mu mupaka wa Kobero uhuza Tanzania n’u Burundi.

    Ni umushinga uri mu rwego rwo guhima u Rwanda kubera ko ngo rwafunze umupaka wa Gatuna, wacagamo ibicuruzwa byavaga muri Uganda bigana mu Burundi.

    Mu kiganiro, Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri uyu muhanda, yemeza ko ugamije gushyira u Rwanda ku ruhande.

    Ati “Ejo bundi mwanasoma no mu binyamateka mukabona ngo hari imihanda izava Uganda ikanyura Tanzania ikajya i Burundi, ubwo ikigamijwe ngo ni ukugira ngo u Rwanda mbese baruce iruhande, barutere ibibazo. Bimaze kuba byinshi cyane, bimaze kugira n’ingero zifatika nyinshi.”

    Yavuze ko ibibazo by’u Rwanda na Uganda bidatanga icyizere cyo gukemuka vuba kuko bisa n’umurongo wa Politike Uganda yafashe, gusa yemeza ko u Rwanda rwahisemo inzira yo kubaka ubushobozi bwo kwirinda.

    Ati “Bisa n’ibitagabanuka, bisa n’aho ari umurongo wa politike uriho watanzwe ko ariko bigomba kugenda. Icyo twahisemo twebwe ni ukubireka uko bimeze, tukabirekera ba nyirabyo ngo babikemure. Twe icyo twakoze ni ukutagirira nabi Abanya-Uganda cyangwa abanyamahanga abo aribo bose ngo kubera ko igihugu cyabo cyatugiriye nabi cyangwa cyagiriye nabi Abanyarwanda.”

    “Icya kabiri ni ukubaka ubushobozi bwo kwirinda kugira ngo ibikomoka aho ngaho bitazagera ubwo bitugirira nabi. Icya gatatu ni ugukomeza kubwira ababikora tubabaza tuti ariko ibi ni iki, murabikorera iki ? Dushakisha uko wenda amaherezo bizarangira ariko uko birangira bizaturuka kubabikora cyangwa ababigena hanze y’Igihugu cyacu aho nta bushobozi tuhafite ba nyirabyo nibo bazahitamo icyo bakora.”

    Umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda watangiye kuzamuka mu 2017, aho Abanyarwanda batangiye kujya batabwa muri yombi bagafungirwa mu nzu z’ibanga z’inzego zishinzwe ubutasi mu gisirikare, bagakubitwa bitwa intasi, abadapfuye bakoherezwa mu Rwanda ari intere.

    Ibihugu birimo RDC na Angola byagerageje ubuhuza ariko Uganda ntiyigeze ishyira mu bikorwa amasezerano ibihugu byombi byasinye agamije guhagarika ibibangamira umutekano w’u Rwanda.

    Perezida Paul Kagame ubwo yari ateze amatwi ibibazo by’abanyamakuru, Cléophas Barore wa RBA na Jackie Lumbasi wa Royal FM

    Barore umenyerewe mu biganiro bitandukanye kuri RBA ni umwe mu banyamakuru bagiranye ikiganiro na Perezida Kagame

    Umunyamakuru Jackie Lumbasi ubwo yabazaga Perezida Kagame mu rurimi rw’Icyongereza

    Ikiganiro cyabereye muri Village Urugwiro, ahari ibiri by’Umukuru w’Igihugu

    Bamwe mu bagize Guverinoma bari bitabiriye ikiganiro Perezida Kagame yagiranye n’itangazamakuru ndetse n’abaturage

    Abaturage bahawe rugari babaza ibibazo bitandukanye umukuru w’igihugu

    Umwe mu batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi muri Musanze ubwo yashimiraga Perezida Kagame

    Sedandi Steven, umwe mu baturage batanze ibitekerezo bakabaza n’ibibazo Perezida Kagame

    Amafoto: Village Urugwiro


    source : https://ift.tt/3nbS7tL