Tag: featured

  • RIB yahamagaje Dr Christopher Kayumba – #rwanda #RwOT

    Muri uru rwandiko rwo ku wa 7 Nzeli 2021 rwakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, RIB isaba Dr Kayumba kwitaba kuri uyu wa Gatatu.

    Iti “Utumiwe ku Biro Bikuru by’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha biherereye ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo ku itariki ya 8 Nzeli 2021 ku isaha ya saa tanu (11h00) za mu gitondo.”

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yabwiye IGIHE ko Dr Kayumba yahamagajwe mu rwego rw’iperereza, ko icyo yahamagarijwe kiramenyeshwa nyiri ubwite.

    Si ubwa mbere Dr Kayumba ahamagajwe na RIB kuko no muri Werurwe 2021 yasabwe kwitaba kugira ngo atange ibisobanuro ku kirego cy’umukobwa wahoze ari umunyeshuri we umushinja gushaka kumufata ku ngufu.

    RIB yahamagaje Dr Christopher Kayumba

    source : https://ift.tt/3jQFdPG

  • Biraro yasabye ubufasha ngo WASAC yubahirize inshingano zayo; Umuhumuza uyiyobora “asaba imbabazi” z’amakosa yakozwe – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 8 Nzeli, PAC yatangiye kumva mu ruhame ibisobanuro by’ibigo bya leta byagaragaweho amakosa mu miyoborere n’imicungire y’umutungo, WASAC ikaba ari yo yabimburiye ibindi.

    Mu byo Biraro yagaragaje kuri WASAC harimo imikorere idasobanutse byagaragajwe no kuba yaranze gutanga raporo y’umutungo, imyaka ikaba imaze kuba ibiri kuko iki kigo giheruka gutanga raporo mu 2019 nyamara cyarabyibukijwe nk’uko biteganyijwe.

    Yibajije uko WASAC yakubahiriza inshingano zayo zirimo izo gufasha muri gahunda y’igihugu yo kugeza amazi ku baturarwanda bose mu 2024 mu gihe ifite imikorere nk’iyo.

    Mu bindi yagarutseho birimo kuba kugeza ubu amazi agera kuri 37% apfa ubusa nyamara ngo WASAC ngo ikaba itazi kubibara.

    Hari kandi amafaranga agera kuri miliyari 2, 9 Frw WASAC imaze imyaka myinshi itabasha gusobanura inkomoko n’imikoreshereze yayo.

    PAC kandi yagaragarijwe ko hari andi makosa WASAC yakoze ikishyura rwiyemezamirimo inshuro ebyiri aho yahawe miliyoni 103 z’amafaranga y’u Rwanda.

    WASAC yatunzwe agatoki ku kugirana imikoranire mibi hagati y’ibindi bigo birimo RURA na RRA aho yambuye imisoro igera kuri miliyari eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

    Ikindi ni uko ngo yananiwe gushyira mu bikorwa imishinga y’ibikorwa remezo by’amazi mu turere turimo Rusizi, Nyagatare, Muhanga n’ahandi yashowemo agera kuri 64 miliyari z’amafaranga y’u Rwanda.

    Perezida wa Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’Umutungo wa Leta, Muhakwa Valens, yavuze ko biteye isoni kuba Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta asaba Abadepite ubufasha ngo WASAC ikore ibiri mu nshingano zayo.

    Yabajije WASAC impamvu imikorere yabo irimo amabanga bituma raporo zayo ziboneka mu buryo bugoranye kandi ikaba idashaka gukorana n’abandi.

    Umuyobozi w’Agateganyo wa WASAC, Gisele Umuhumuza, yavuze ko mu gihe bakorerwaga igenzura ry’umwaka wa 2018/2019 hari amakosa basanze muri raporo yabo yatewe no kugira abakozi badafite ’logique’ y’imicungire y’umutungo, bituma basaba kwihanganirwa bakazatanga raporo amakosa amaze gukosorwa.

    Yakomeje agira ati “Amakosa turi kurwana na yo ngo tubashe kuyakemura, icyo dusabira imbabazi ni uko tutabashije kuyakemura nk’uko twari twabyiyemeje.”

    WASAC yanenzwe ko hari raporo yimye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ariko ikaba yarayitanze muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, imyitwarire abadepite bafashe nko gusuzugura urwego.

    Umuhumuza yavuze ko yiteguye kuyakosora kuko yamaze kubona abakozi bashoboye.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro asobanura ibibazo byagaragaye muri WASAC

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro yibajije uko WASAC yagira uruhare muri gahunda ya leta yo gukwirakwiza amazi mu gihugu mu gihe ifite imikorere idahwitse

    Perezida wa PAC, Muhakwa Valens (ibumoso), yavuze ko biteye agahinda kuba bitabazwa ngo WAsac ikore ibiri mu nshingano zayo

    Umuyobozi w’Agateganyo wa WASAC, Umuhumuza Gisele yavuze ko raporo basabwa bazazitanga bitarenze ku ya 10 Nzeri uyu mwaka

    source : https://ift.tt/3tmIZDz

  • Shebuja yarashwe urufaya rw’amasasu yumva: Ubuhamya bw’uwarokoye Gitifu Nsengiyumva igitero cya FLN – #rwanda #RwOT

    Ni ibitero byaguyemo bamwe, abandi barakomereka ndetse imitungo ya benshi irasahurwa, indi irangizwa.

    Iyo bamwe mu babaye muri ibi bihe babara inkuru y’ayo majoro y’umwijima, wumva babyibuka nk’iby’ejo hashize.

    Mulindangabo Callixte ni umwe mu biboneye n’amaso ye abarwanyi ba FLN ya Rusesabagina mu gitero cyagabwe i Nyabimata.

    IGIHE yaganiriye kuri ubwo buhamya bwe, n’uko yaraye ijoro akanuye kubera icyo gitero, iyo aganiraho ubona yaganjwe n’amarangamutima ndetse amarira agasa n’amuzenze mu maso ariko akihagararaho bimwe bya kigabo agashinyiriza.

    Mulindangabo w’imyaka 27 yavukiye mu Murenge wa Nyabimata, mu Karere ka Nyaruguru, aranahakurira.

    Yavuze ko ibitero byagabwe muri Nyabimata atari inkuru mbarirano kuko hari ibyo yiboneshereje amaso ye kuko abarwanyi bamugezeho, ubwo bateraga urugo rwa Nsengiyumva Vincent wari Gitifu w’Umurenge wa Nyabimata, aho yakoraga.

    Yagize ati “Hari mu masaha ya Tanu zishyira saa Sita z’ijoro. Izo nterahamwe ziza zahereye ku gasantere twari duturanye, babanza binjira ahantu hari akabari, basanzemo umusore warimo arya ananywa bamubaza kwa gitifu, yanga kuhababwira. Yababwiye ati ’niba muri ingabo zacu, ntimwayoberwa aho umuyobozi atuye’. Bahise bamurasa amasasu abiri.’’

    Nyuma y’ayo masasu abiri, umwe mu baturanyi b’aho byabereye yahise ahamagara Gitifu Nsengiyumva, amubwira ko umutekano utameze neza hari abantu bari kurasana.

    Ati “Akimara kubyumva yahise abaza niba ari ayo masasu abiri yumvise. We yarayumvise ariko njye nari ndi mu bitotsi, sinabyumvise.’’

    Nk’umuyobozi wagombaga kumenya uko umutekano wifashe yagerageje gusohoka ngo ajye kureba uko bimeze, akigera mu ruganiriro ahita asanga urugo rwe rwagoswe n’abarwanyi benshi.

    Mulindangabo avuga ko Gitifu Nsengiyumva akigerageza gufungura umuryango wo kuri salon, yumvise abantu bakomanze.

    Ati “Barakomanze baramubwira ngo ‘ugurura’, aho nari maze gukanguka. Atarasohoka, akuyeho irido, abona ni abasirikare. Umutima waramukubise, yibaza abasirikare bari kurasa abantu bakaba bari kumukomangira ayo masaha. Yasubiye inyuma ajya mu cyumba, batangira kumurasa banyujije amasasu mu birahure, barashe amasasu menshi. Mu kumurasa hari isasu ryamufashe ku mutwe (mu irugu) yikubita imbere y’icyumba, arikurura yinjira mu cyumba ajya munsi y’igitanda.’’

    Nyuma yo kumva ko yaguye hasi, ba barwanyi banyuze inyuma kuko umuryango wo kuri salon urebana n’uwo mu gikari, na ho batangira kuharasira.

    Ati “Babikoze nk’aho bari bahazi, bahita bajya ku cyumba cye nabwo bararasa.’’

    Imodoka yatwitswe yari ku idirishya ry’icyumba Mulindangabo yararagamo

    Abo barwanyi ba FLN ubwo bateraga urugo rwa Gitifu Nsengiyumva, basize banatwitse imodoka ye yari iparitse hafi aho.

    Iyo abara iyo nkuru, Mulindangabo avuga ko icyumba yarimo kitarashweho kuko imbere yacyo ariho hari haparitse imodoka.

    Ati “Nasengaga Imana ngo ntibice urugi binjire. Muri kwa gushakisha bagiye inyuma ku rindi dirishya bakajya barasa, amasasu akanyura hejuru yanjye aho nari ndyamye.’’

    Muri icyo gihe imodoka yari yatwitswe, humvikanaga urusaku rw’amahoni, n’urwa moteri n’amapine bituragurika.

    Bitewe no kwiyongera k’ubushyuhe, irido yarahiye, umuriro ufata igisenge n’itara ryo hanze rirashya.

    Mulindangabo avuga ko muri ako kanya aribwo yatekereje kujya mu cyumba cya Nsengiyumva Vincent.

    Ati “Sinari nzi ko bamurashe, ndi mu nzira njya mu cyumba cye ni bwo nabonaga aho amasasu yanyuze, amajerekani yamenetse. Naciye muri salon bari kurasa, byasaga no kwiheba. Numvaga aho guhira mu nzu bankubita urusasu ngapfa.’’

    Ubwo yageraga mu cyumba cye, yakoze ku gitanda aramubura, yigira inama yo kureba munsi yacyo, asanga ariho yihishe.

    Imodoka ya Nsengiyumva Vincent wari Gitifu wa Nyabimata yatwitswe mu ijoro ryo ku wa 19 Kamena 2018. Yari iparitse hafi y’idirishya ry’aho Mulindangabo yararaga

    Uko yatekereje gucikisha shebuja

    Iyo abara inkuru avuga ko akimara kumugeraho no kubona ko yakomeretse yahise yihutira gushaka uko bava mu nzu bagacika.

    Mulindangabo yarungurutse hanze aho abo barwanyi bari, abona nta bahari ahubwo arabukwa akana ko mu baturanyi kavomaga.

    Yibwiye ko izo nyeshyamba zagiye kuko hari umwana wo mu baturanyi wavomaga amazi.

    Ati “Umwana bari bamwihoreye, abantu benshi bahuruye ariko umuntu witwa ko ari mukuru baramuziraga. Bari bagihari.’’

    Yagiye yomboka agera muri salon, abona ku irembo bahari ariko mu gikari nta muntu uhacaracara.

    Ati “Namufashe akaboko mukura munsi y’igitanda, abanza kugira ngo n’uje kumwica. Yarambwiye ngo ’bandashe’, ntacyo narengejeho. Nari mfite imfunguzo zikingura hose n’agatelefoni gato. Urwo mu gikari nari nduzi. Namufashe mu maboko, turagenda, ngeze ku muryango mbanza gutuza. Nkata selire rimwe ndatuza, nyuma y’amasegonda atanu ndongera ndakata.’’

    Mulindangabo yavuze ko atari azi neza aho Gitifu Nsengiyumva yarashwe, ariko agisohoka bahise bamanukana n’igihunga cyinshi banyura ahari escalier munsi y’urugo bari batuyemo.

    Muri uko kugenda, uyu musore yabanzaga kuneka inzira bagiye kunyuramo ko itekanye kugira ngo babone kugenda.

    Ati “Nyuma yo kumara umwanya yatangiye gukonja, natangiye gushaka uko mugeza kwa muganga. Hari hamaze kuba nka saa Saba. Nagiye ku rugo rw’umuturanyi, ndakomanga ntibanyikiriza, baranyihorera.’’

    Yahise ahava, ajya ku muyobozi ushinzwe umutekano, asanga hari umugore we, anamubwira ikibazo cyabayeho, bamwemerera kumufasha.

    Mulindangabo n’abo bantu batatu ni bo bafatanyije ngo bajyane Gitifu Nsengiyumva kwa muganga.

    Bageze kwa muganga, yabanje kubura umuganga umwakira kuko hari ubwoba.

    Ati “Ibitaro byarimo abarwayi gusa, abarwaza bahunze. Namaze iminota nk’itatu nabuze umuganga ariko nza kubona arizanye. Aho ntacyo bari kumufasha, ahubwo bamuhamagariye imbangukiragutabara imujyana ku Bitaro bya Munini.’’

    Ari aho ku bitaro ni bwo yahamagaye Polisi ayibwira ko batewe bakeneye ubufasha. Nyuma y’iminota nka 25 ni bwo yabonye imodoka iherekejwe n’abasirikare, we akomezanya n’umurwayi we.

    Yavuze ko akiri mu bitaro yabonaga inkomere nyinshi zihajyanwa kuko benshi bari bagizweho ingaruka n’ibyo bitero.

    Ati “Mu bo bazanye harimo Chairman wa FPR akaba n’Umuyobozi w’Ishuri ribanza rya Ruhinga. Bamuzanye bamurashe, hari nka saa Munani zishyira saa Cyenda.’’

    Mulindangabo yageze ku Munini akomeza kubona umurwayi we akomeje kuremba. Yasabye gufashwa bamuha imbangukiragutabara n’umuganga bajyana.

    Ati “Transferts bazindikaga nagiye. Twahise tujya CHUB, baramwakira. Baramuvura. Sinahatinze, nahise njya kureba ibyangombwa bye mu rugo.’’

    Icyo gihe yasanze mu rugo basahuye ibintu byinshi birimo Televiziyo, telefoni, imyenda n’ibindi bikoresho byo mu nzu.

    Mulindangabo avuga ko yifuza ko ubutabera bwakora akazi kabwo mu guhana abagize uruhare mu bitero byahungabanyije abatuye i Nyabimata n’igihugu muri rusange.

    Tariki ya 20 Nzeri 2021 ni bwo hazatangazwa umwanzuro ku rubanza ruregwamo Rusesabagina Paul n’abandi 20 bakekwaho uruhare mu bikorwa by’iterabwoba byabereye ku butaka bw’u Rwanda , na Nyabimata irimo.

    Mulindangabo Callixte yiboneye n’amaso ye abarwanyi ba FLN bagabye igitero i Nyabimata. Ni we wagize uruhare mu gufasha Gitifu Nsengiyumva Vincent wayoboraga Umurenge wa Nyabimata kugera kwa muganga nyuma yo kuraswa urusasu mu mutwe

    Nsengiyumva Vincent yatanze ubuhamya avuga ko yagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN. Byatumye adakomeza gahunda ye y’amasomo, binakoma mu nkokora imishinga y’iterambere

    Muri iki gitero cyagabwe n’abarwanyi ba FLN, Umutwe w’Inyeshyamba zishamikiye ku Mpuzamashyirahamwe ya MRCD yashinzwe na Rusesabagina Paul, hangijwe imitungo myinshi, indi irasahurwa muri Nyabimata

    Tariki ya 20 Nzeri 2021 ni bwo hazatangazwa umwanzuro ku rubanza ruregwamo Rusesabagina Paul n’abandi 20 bakekwaho uruhare mu bikorwa by’iterabwoba

    source : https://ift.tt/3l1L8Rq

  • Burera: Inkongi yatwitse Hegitari 43 z’igishanga cy’Urugezi yazimijwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage n
    Abaturage n’inzego z’umutekano bafatanyije kuzimya inkongi yari yibasiye iki gishanga

    Iyo nkongi yangije ubuso bwa Hegitari zisaga 43 mu buso bwose bugize igishanga cy’Urugezi, ngo abayizimije byabasabye gukoresha imbaraga nyinshi mu rwego rwo kwirinda ko iyo nkongi ikwirakwira mu bindi bice mu buryo bwihuse, kugeza ubwo mu masaha y’urukerera rw’ijoro iyi nkongi yabereyeho, ari bwo babashije kuyizimya nk’uko bamwe mu baturage bo mu gace yabereyemo mu Mudugudu wa Gakenke, Akagari ka Ruconco mu Murenge wa Rwerere, babibwiye Kigali Today.

    Uwitwa Mbarirabera yagize ati: “Ukurikije ukuntu iyo nkongi yari ifite ubukana, wabonaga umuriro waka cyane kandi ukwirakwira mu gishanga, ku buryo twari twihebye twibwira ko uri bwambukiranye ugasatira n’ibindi bice byegereye icyo gishanga, bikorerwamo ubuhinzi n’ibituwe, cyane ko iyo nkongi yabayeho mu masaha ya nijoro. Turashimira inzego zihutiye kudufasha mu bwitange bukomeye, tukabasha kuzimya uriya muriro”.

    Guverineri Nyirarugero(uhagaze ku ruhande iburyo) yitegereza aho iyi nkongi yangije
    Guverineri Nyirarugero(uhagaze ku ruhande iburyo) yitegereza aho iyi nkongi yangije

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Dancille Nyirarugero, yazindukiye ahabereye iyi nkongi y’umuriro, aboneraho gushimira ubufatanye bwabayeho mu kuzimya iyo nkongi yari yibasiye iki gishanga.

    Igishanga cy’Urugezi, gifatwa nk’isoko y’ibiyaga bya Burera na Ruhondo, ndetse n’isoko y’urugomero rwa Ntaruka rutanga amashanyarazi; gikora ku Mirenge icyenda harimo irindwi y’Akarere ka Burera, n’Imirenge ibiri y’Akarere ka Gicumbi, kikaba gifite ubuso bwa Ha 6735.

    Igishanga cy
    Igishanga cy’Urugezi kibarizwamo urusobe rw’ibinyabuzima bigizwe n’inyamaswa n’ibimera
    Inkongi yibasiye iki gishanga yari ifite ubukana
    Inkongi yibasiye iki gishanga yari ifite ubukana

    Inkuru bijyanye:

    Burera: Igishanga cy’Urugezi cyafashwe n’inkongi

    source : https://ift.tt/3DXpIgR

  • Abiga muri Kaminuza ya Kigali bibukijwe ko batagomba kwiga bategereje kuzahabwa akazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri bishimiye uruzinduko rw
    Abanyeshuri bishimiye uruzinduko rw’abo bayobozi muri UoK ishami rya Musanze bafata ifoto y’urwibutso

    Yabitangarije mu muhango wo gutangiza umwaka w’amashuri 2021-2022 muri iyo Kamunuza mu ishami ryayo rya Musanze, kuri uyu wa kabiri tariki 07 Nzeri 2021, aho yatanze ikiganiro cyamaze isaha atanga impanuro z’uburyo abanyeshuri bakwiye kwitwara mu gihe bakiri ku ntebe yishuri, mu gutegura ejo habo heza mu gihe bazaba barangije kwiga.

    Uwo muyobozi yibukije abanyeshuri ko bagomba gukoresha neza igihe cyabo, ati “Umunyeshuri usoje icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, akwiye kuba akuze mu mutwe azi icyo ashaka. Ashobora kwihangira umurimo, ntimutegereze ko hari umuntu uzabahangira umurimo nimurangiza amashuri, mugomba kuba ibisubizo muri sosiyete mukemura ibibazo by’ubushomeri”.

    Yabasabye gukora cyane birinda kurangara ati “Abanyeshuri mugomba kwiga mushyize umutima ku masomo, kwiga ntabwo ari ukwishimisha ahubwo hagomba kubamo ukwihangana mukagira ibyo mwigomwa, ni bwo muzagirira isi akamaro”.

    Abanyeshuri bo muri UoK ishami rya Musanze bahawe impanuro zinyuranye
    Abanyeshuri bo muri UoK ishami rya Musanze bahawe impanuro zinyuranye

    Umuyobozi Mukuru w’iyo Kaminuza, Prof Dr Tombola Gustave, yavuze ko n’ubwo icyorezo cya Covid-19 hari ibyo cyadindije, bitagize ingaruka nyinshi ku mikorere ya Kaminuza ya Kigali, aho yari yariteguye bihagije uburyo bujyanye no kwigisha hakoreshejwe uburyo bwa “Iyakure”.

    Agira ati “Iki cyorezo cyatunguye isi yose, ariko Kaminuza ya Kigali yari yariteguye ireba kure, hari uburyo bwo kwigisha dukoresheje iyakure, icyorezo rero kije Leta iravuga iti abantu bakwiye guhagarika kwigisha imbonankubone, twe twakomeje kwigisha dukoresheje iyakure, ntabwo twigeze duhagarika. Ubwo rero murumva ko twiteguye, icyifuzo cyacu ni uko iki cyorezo cyarangira kikagenda nk’uko Leta ikomeje kugihashya, ariko gihari cyangwa kidahari, twe turiteguye nta kibazo”.

    Abanyeshuri biga muri iyo Kaminuza mu ishami ryayo rya Musanze baganiriye na Kigali Today, baremeza ko impanuro bahawe zirabafasha mu myigire yabo, baharanira gutegura ijo hazaza habo mu gihe bazaba basoje amasomo.

    Prof Dr Tombola, Umuyobozi wa Kaminuza ya Kigali aganira n
    Prof Dr Tombola, Umuyobozi wa Kaminuza ya Kigali aganira n’abanyeshuri

    Nshizirungu Damascène wiga mu ishami rya ‘Finance’ mu mwaka wa gatatu, yagize ati “Impanuro baduhaye twazumvise kandi ni nziza, badusabye gushyira umutima ku masomo, badusaba kwita ku gihe cyacu tugikoresha neza. Tugiye kuzubahiriza dutegura ubuzima bwacu buri imbere, kandi duharanira guteza imbere igihugu cyacu”.

    Uwo munyeshuri yashimiye ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kigali, aho ikomeje kubigisha ibaha ubushobozi buzabafasha kwihangira imirimo, bakaba ngo biteguye guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri buri hanze aha.

    Ati “Kaminuza yacu iyo itwigisha, ntidutoza gusa kuzashaka akazi, ahubwo itwigisha uburyo tuzagahanga, twiteguye kwihangira akazi aho kugashaka, dore ko Leta yashyizeho ikigega cya BDF gifasha abafite imishinga ijyanye no guhanga umurimo”.

    Bugingo Alice Linz, ati “Uru ruzinduko rw’abayobozi ba Kaminuza naruhaye agaciro gakomeye, kuko rwanyigishije bwinshi, rwanyigishije gukora cyane, rwanyigishije kurushaho kwiga nshyizeho umwete, kuko ejo hanjye hazaza ni njye ugomba kuhategura. Mu mpanuro bagiye baduha harimo gukora cyane no kwiga tudacika intege, byampaye ishema binyibutsa uburyo ngomba kwifata mu gihe nkiri ku ntebe y’ishuri”.

    Dr Carlos Fernando, Umuyobozi w
    Dr Carlos Fernando, Umuyobozi w’icyubahiro wa Kaminuza ya Kigali

    Yongeye ati “Ndi hafi kurangiza amashuri, ariko nta bwoba mfite bw’ubushomeri, mu masomo duhabwa badutoza kwihangira imirimo, ndiyizeye kandi rwose imbere hanjye ni heza, abaje gutangira mu mwaka wa mbere nabagira inama yo kwiga batikoresheje, birinda kurangara”.

    Prof Dr Tombola, yijeje abanyeshuri bashya serivisi nziza, ati “Ubu turimo kwandika abanyeshuri bashya, ni baze icyo tubijeje ni serivisi nziza, ntabwo bazigera babona ko bahisemo nabi”.


    source : https://ift.tt/3BSyjQ8

  • Inteko z’abaturage zitari zigiterana kubera Covid-19 zasubukuwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inteko y
    Inteko y’abaturage i Mamba mu Karere ka Gisagara

    Yazitangirije mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, aho yibukije abaturage bari bitabiriye icyogikorwa ko n’ubwo zongeye gutangizwa bakwiye kumenya ko indwara ya Coronavirus ntaho yagiye, bityo bakaba bagomba gukomeza kuyirinda.

    Yagize ati “Covid-19 irahari, ntituzi igihe izarangirira kandi ubuzima bugomba gukomeza, kuko abaturage bagomba kwibutswa iterambere, gahunda z’ubuzima bwabo, n’ibindi”.

    Yunzemo ati “Ntabwo ari ukuvuga ngo abaturage bose bagiye guhurira mu kibuga bagera kuri 300 cyangwa 500, ariko harebwa uburyo bahuza abaturage bafite ibibazo kugira ngo babikemure, aho kugira ngo babibike, kuko ibibazo ntabwo wabibika. Bikwiye gukemuka kugira ngo ababifite basubire mu buzima busanzwe”.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko inteko z’abaturage zafashaga gusubiza ibibazo byinshi, kuko umuntu yagaragazaga ikibazo, bagenzi be bagafasha gutanga igisubizo, kandi kikakirwa neza, atanacyakira neza abo cyakemuwe bahari bakazaba abahamya b’uko cyakemuwe.

    Icyakora aho inteko z’abaturage zari zarahagarikiwe, ibibazo abayobozi basabwa gukemurira abaturage byari byariyongereye, haba ku rwego rw’umurenge, urw’akarere n’urw’intara.

    Guverineri Kayitesi ati “Ibibazo twakira ku Ntara bivuye ku karere byagendaga byiyongera. Nk’uyu mwaka dushoje wa 2020-2021, twakiriye ibibazo bisaga 7500 mu turere twose. Icyakora twagize amahirwe bibasha gukemukaho 93%. Mu kwezi kwa karindwi twamaze kwakirira raporo, twakiriye ibibazo bisaga 450 na none”.

    Kubera ko kwirinda indwara ya Coronavirus bigomba gukomeza, ngo bashobora kuzikura ku rwego rw’imidugudu, zigashyirwa ku rw’amasibo.

    Ati “Tukajya duhuza amasibo abiri atatu, tukagira aho duhurira tukubahiriza amabwiriza, kandi n’ibibazo by’abaturage bigakemuka.”

    Abaturage bo mu Murenge wa Mamba bari bitabiriye inteko yateranyijwe na Minisitiri Gatabazi, na bo bavuga ko inteko z’abaturage zari zifite akamaro, kandi ko kuzigarura byari bikenewe.

    Minisitiri Gatabazi yatangije inteko z
    Minisitiri Gatabazi yatangije inteko z’abaturage zari zarasubitswe kubera Covid-19

    Uwitwa Patricie Uwizeyimana yagize ati “Mu nteko z’abaturage hakemukiraga ibibazo by’amakimbirane mu ngo n’iby’abapfa ubutaka, kandi umuntu yabona ikibazo gikemuwe n’umukuru w’isibo wo mu wundi mudugudu, akagenda nta ngingimira ajyanye.”

    Avuga kandi ko igihe bagiye mu nteko z’abaturage bazajya bakaraba intoki, bambere neza agapfukamunwa kandi banahane intera. Buri wese kandi ngo azaba ijisho rya mugenzi we mu kureba ko bubahirije amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.


    source : https://ift.tt/3twdp6s

  • Volleyball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu mukino Perezida Kagame yarebye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri muri Kigali Arena hatangiye ku mugaragaro igikombe cya Afurika cya Volleyball mu bagabo, aho imikino y’umunsi wa mbere yanarebwe na Perezida Kagame, by’umwihariko umukino wahuje u Rwanda n’u Burundi.

    #AfricaVolleyChampionship2021 game between Rwanda and Burundi. pic.twitter.com/pc1dgvcLlY

    — Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) September 8, 2021

    Umukino w’u Rwanda n’u Burundi wari uteganyijwe gutangira Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, waje kwimurwa utangira ahagana mu ma Saa tatu z’ijoro.

    Uyu mukino waje kurangira ikipe y’igihugu y’u Rwanda itsinze u Burundi amaseti atatu ku busa, aho iya mbere u Rwanda rwayitsinze ku manota 25-15, iya kabiri 25-19 naho iya gatatu u Rwanda ruyitsinda ku manota 25-12.

    Uko imikino y’umunsi wa mbere yagenze

    Uganda 3-1 Burkina Faso
    Cameroon 3-1 DR Congo
    Ethiopia 3-2 South Sudan
    Mali 3-1 Niger
    Rwanda 3-0 Burundi

    Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 08/09/2021

    10h00:Niger vs RDC
    12h00:Tunisia v Ethiopia
    14h00:Nigeria v S. Sudan
    16h00:Mali v Cameroon
    18h00:Morocco v Tanzania
    20h00:Egypt v Kenya

    Andi mafoto yaranze umukino w’u Rwanda n’u Burundi wareba HANO

    source : https://ift.tt/2X8K6ea

  • Ubujura buyoboye ibyaha bitanu bikorerwa muri Rwamagana – #rwanda #RwOT

    Ibi byaha byagaragajwe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Nzeri 2021, ubwo habaga Inama Mpuzabikorwa y’Akarere ka Rwamagana yahurijwemo abayobozi mu nzego zitandukanye kuva ku Karere kugera ku Mudugudu.

    Iyi nama yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Uruhare rw’umuyobozi n’umuturage mu miyoborere myiza.”

    Umuyobozi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, mu Ntara y’Iburasirazuba, Rutaro Hurbert, yavuze ko muri aka karere hari ibyaha bitanu nk’ubuyobozi bakwiye gufatanya kurwanya kugira ngo umutekano umere neza.

    Ati “Icya mbere dufite icyaha cy’ubujura cyihariye, ntabwo ari ubujura bukomeye, ariko nabwo burahari ariko si bwinshi. Ubujura bworoheje burahari cyane, icya kabiri dufite urugomo rwo gukubita no gukomeretsa, iki nacyo ni ikibazo gikomeye; icya gatatu dufite gusambanya abana, icya kane ni ibiyobyabwenge, icya gatanu ni uguhohoterana hagati y’abashakanye.”

    Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CP Hatari Emannuel, yavuze ko Akarere ka Rwamagana kaza ku mwanya wa gatatu muri iyi ntara nyuma ya Nyagatare na Gatsibo ariko avuga ko ku cyaha cy’ubujura gikomeje kwiyongera cyane.

    Yasabye abayobozi mu nzego z’ibanze gufatanya n’iz’umutekano mu kurwanya urugomo rukunze gutera imfu za hato na hato mu baturage.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yavuze ko aka Karere kagizwe n’igice kinini cy’umujyi, ibi bigatuma hari abantu baza kuhashaka ubuzima banakora imirimo itandukanye hakaziramo n’ibikorwa by’ubujura.

    Ati “Icyo navuga ku bufatanye n’inzego z’umutekano, ni uko ntawe ukora ibyaha ngo aducike, hari ababigerageza nijoro bitwaje intwaro hakavamo rimwe na rimwe no kuba baraswa ariko nta mujura ujya uducika.”

    Uyu muyobozi yavuze ko uretse uruhare rw’ubuyobozi hakwiriye n’uruhare rw’umuturage mu gukumira ibyaha bitandukanye birimo ubujura n’abandi bahungabanya umutekano w’abaturage.

    Abayobozi b’Intara y’Iburasirazuba biyemeje kurwanya ibyaha birimo icy’ubujura

    source : https://ift.tt/3tvxmu8

  • Bugesera: 20% by’abarokotse Jenoside ntibemera neza ko abayikoze bafungurwa barahindutse – #rwanda #RwOT

    Akarere ka Bugesera ni kamwe mu dufite amateka yihariye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko kari gatuwe n’Abatutsi benshi bitewe n’ibikorwa by’itotezwa bakorewe bakahacirirwa.

    Ibi byatumye hari umubare munini w’Abatutsi bishwe mu Bugesera ndetse bamwe basigaraga iheruheru batagira ababyeyi, inshuti n’abavandimwe; abandi barasenyewe.

    Ubushakashatsi buheruka gukorwa n’Umuryango Mpuzamahanga uharanira Amahoro arambye, Interpeace, bwagaragaje ko hakiri ingaruka zirimo ibibazo by’imibanire hagati y’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayirokotse.

    Ubuyobozi bwa Interpeace bugaragaza ko muri ubwo bushakashatsi bwasanze muri Bugesera, abagera kuri 20% mu barokotse bagira impungenge zo kwizera abafunguwe ndetse n’abafunguwe na bo bakaba barenga uyu mubare ho gato mu basohokana ipfunwe.

    Ni ibintu ubuyobozi bw’aka karere bugaragaza ko bifite impamvu kandi zumvikana n’ubwo ibikorwa byo kwigisha no gukora ubukangurambaga bikomeje kugira ngo hubakwe ubumwe n’ubwiyunge burambye.

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yabwiye IGIHE ko mbere na mbere bemera ishingiro rya buriya bushakashatsi kuko kariya karere gafite umwihariko mu mateka ya Jenoside.

    Avuga kandi ko n’ibyavuye mu bushakashatsi bigaragaza ko hakiri abantu bagifite ihungabana rigikomeza kuzitira bamwe kugira imbaduko yo kwiteza imbere ndetse bikanatuma bamwe batabana neza n’ababahemukiye.

    Gusa yavuze ko aka Karere gasanzwe gafite ibikorwa bifasha abantu guhura nk’imidugudu y’ubumwe n’ubwiyunge ituwemo n’abarokotse Jenoside ndetse n’abayikoze.

    Ati “Dusanzwe dufite n’amatsinda afite ibikorwa ahuriyeho nk’ubuhinzi, za Koperative zihije Abanyarwanda bavuye mu bice bitandukanye by’amateka bituma nubundi bajya hamwe.”

    Yavuze ko ibyagaragajwe n’ubushakashatsi na byo bigiye kwitabwaho by’umwihariko ibijyanye n’abantu bagifite ihungabana ariko ntibagire n’imbaraga zo kujya gushaka ubufasha ku buryo ubu ababishinzwe bagiye kujya basanga abaturage aho batuye kugira ngo bamenye ibibazo by’ihungabana bafite.

    Haracyari imbogamizi….

    Ubwo hamurikwaga ubu bushakashatsi mu mpera z’icyumweru gishize, Umuyobozi wa Interpeace, Kayitare Frank, yavuze ko mu guharanira ubumwe n’ubwiyunge bwuzuye, habaho ibiganiro bihuza abakorewe Jenoside n’abayikoze n’abakomoka ku bayikorewe n’abakomoka ku bayikoze.

    Yavuze ko ku bijyanye n’imibanire n’ubumwe n’ubwiyunge, ubushakashatsi bwabo bwahuje n’ubwa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge buheruka bwagaragaje ko Ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda bugeze kuri 94,7%.

    Yakomeje ati “Ariko hakaba hakirimo imbogamizi nk’eshatu; iya mbere ni uko usanga abantu bacye bakivuga bati ‘twebwe kugira ngo dutere intambwe tujye kubana n’umuntu waduhemukiye akavuga ati twakwizera gute ko yahindutse? Ikibazo cyo kwizerana.”

    “Iyi 3% isigaye niho usangamo abo bantu bavuga bati ‘njyewe kugira ngo nizere umuntu wagize uruhare muri Jenoside birangoye. Indi mbogamizi ihari, ni uko hakirimo kwishisha aho bamwe mu barangije ibihano bari barakatiwe bagaruka mu muryango nyarwanda ariko bakaba bakitinya.”

    Kayitare yavuze ko hakwiye kongerwa ingufu mu gutegura abagiye gusubira mu muryango mugari ariko n’abo agiye gusanga na bo bakigishwa.

    Ati “Kugira ngo aho ajya nyine bumve ko yego ni byo yakoze ibyaha yarahanwe, noneho banamufashe kongera gusubira mu buzima bw’aho yigirira icyizere agire n’icyo akorera sosiyete Nyarwanda.”

    Yakomeje agira ati “Iyo mibare murumva ko atari micye, ni yo mpamvu abantu baba twe n’abafatanyabikorwa babishyiramo ingufu.”

    Ubushakashatsi bwa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, bugaragaza ko mu myaka 10 ishize, igipimo cy’ubwiyunge mu Rwanda cyakomeje kuzamuka kiva kuri 82% mu 2010 kigera kuri 92.5% mu 2015. Igipimo cyatangajwe mu mwaka ushize wa 2020 cyagaragaje ko kugeza ubu ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda bugeze kuri 94.7%.

    Frank Kayitare uyobora Interpeace yavuze ko hakiri ibibazo mu mibanire y’abarokotse Jenoside n’abayikoze

    source : https://ift.tt/3yS2rZZ