Tag: featured

  • Ba DASSO bakebuwe bibutswa inshingano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni mu nama yabereye mu Karere ka Musanze tariki 06 Nzeri 2021, ihuza abahagarariye urwo rwego mu turere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille, yitwabirwa kandi n’umuhuzabikorwa wa Dasso ku rwego rw’igihugu ACP Sam Rumanzi.

    Mu mpanuro za Guverineri Nyirarugero Dancille, yagarutse ku mikorere ya Dasso arayishima ariko asaba kurushaho kunoza imikorere, bafasha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu guha abaturage serivise inoze.

    Agira ati “Mu nama twakoranye na Dasso tariki 06 Nzeri 2021, yari igamije kongera kureba no kubibutsa inshingano zabo, cyane cyane bakibuka ko inshingano bafite zo gufasha abayobozi mu nzego z’ibanze bazikora neza, badahohoteye umuturage cyangwa se ngo bahohoterwe”.

    Abenshi mu baturage bagaragaje akamaro gakomeye k’urwego rwa Dasso, aho bemeza ko kuva urwo rwego rugiyeho rwabagiriye akamaro gakomeye, mu kuzamura iterambere ry’imibereho myiza yabo.

    Uwitwa Keza Bonheur yagize ati “Ese ubu Dasso iyo batabaho, twari guhangana na COVID-19 tukaba turi kuri iki kigero? gusa ntawashidikanya ko hari abantu badakunda ibyiza ariko mu by’ukuri DASSO barakoze cyane cyane muri iyi COVID-19”.

    Jean Claude Twagirayezu ati “Njye mbona Dasso badahari ibikorwa byinshi mu nzego z’ibanze byadindira, Dasso bravo bakomeze babongere ubumenyi.”
    Naho uwitwa JMV ati “Turashimira abayobozi bashyizeho aba Dasso, naho abavuga ngo ntirukora neza ntabyo bazi, kuko ikitugaragarira twe abaturage, ni uko bakora inshingano zabo bakanakora n’iz’abandi, ahubwo iyo Dasso batabaho mbona abakozi bamwe baba barirukanywe kuko bagizwe na Dasso”.

    Kayigamba Callixte ati “Turashimira Leta yashyizeho uru rwego rwa Dasso, kuko ruradufasha cyane”.

    Naho Maniraguha Emmanuel ati “Kuba abayobozi b’Intara y’Amajyaruguru bakomeje kuba hafi urwego rwa Dasso ikorera muri iyo Ntara, bizabafasha kuzuza inshingano zabo no guharanira ko umuturage aba ku isonga”.

    Naho uwitwa Jean de la Croix, agira ati “Rwose turashimira uru rwego rwa Dasso imikorere yarwo, mukomereze aho turabashyigikiye rwose turashimira ubuyobozi bwabashyizeho natwe turi kumwe”.

    Mu 2014, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), nibwo yafashe icyemezo cyo gukuraho icyitwaga Local Defence, uru rwego irusimbuza urwego rwa Dasso.

    source : https://ift.tt/3l1ajU2

  • APR FC yatangaje urutonde rw’abantu 44 ijyana muri Djibouti #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    APR FC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League, irahaguruka mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane yerekeza mu gihugu cya Djibouti inyuze i Addis Ababa muri Ethiopia, aho igiye gukina umukino ubanza wa CAF Champions League.

    APR FC yakinnye umukino umwe wa gicuti aho yatsinzwe na AS Maniema igitego 1-0

    APR FC yakinnye umukino umwe wa gicuti aho yatsinzwe na AS Maniema igitego 1-0

    Iyi kipe irahagurakana abakinnyi bayo bose usibye Byiringiro Lague wagiriye ikibazo mu mukino ikipe y’igihugu Amavubi yakinaga n’ikipe y’igihugu ya Kenya, APR FC ikaza guhagurukana abantu 44 barimo abakinnyi 27, staff techniques y’abantu 1010, abantu bari muri komite ya APR FC 5 ndetse n’abanyamakuru 2.

    APR FC yakinnye umukino umwe wa gicuti aho yatsinzwe na AS Maniema igitego 1-0
    APR FC yakinnye umukino umwe wa gicuti aho yatsinzwe na AS Maniema igitego 1-0

    Urutonde rw’abantu 44 ba APR FC berekeza muri Djobouti:

    ABAKINNYI

    Hertier AHISHAKIYE
    ISHIMWE J. Pierre
    KENESI Armel
    MUTABARUKA Alexendre
    OMBOLENGA Fitina
    NIYOMUGABO Claude
    NDAYISHIMIYE Dieudonne
    NGABONZIZA Gylain
    RWABUHIHI Aime Placide
    NSABIMANA Aimable
    KARERA Hassan
    BUREGEYA Prince
    MUGISHA Bonheur
    NSENGIYUMVA Ilshade Parfait
    RUBONEKA Bosco
    MANISHIMWE Djabel
    NSANZIMFURA Keddy
    ISHIMWE Annicet
    ITANGISHAKA Blaise
    NIZEYIMANA Djuma
    MUGISHA Gilbert
    KWITONDA Allain
    TUYISENGE Jacques
    MUGUNGA Yves
    NSHUTI Innocent
    BIZIMANA Yannick
    NSHIMIYIMANAYunusu

    STAFF:

    MOHAMMED ADIL ERRADI
    NEFFATI JAMEL EDDINE
    HAJI TAEB HASSAN
    MUGABO ALEX
    Maj. GUILLAUME RUTAYISIRE
    Capt. ERNEST NAHAYO
    Capt. TWAGIRAYEZU JACQUES
    NSHIMIYIMANA STEVEN
    HABUMUGISHA ERNEST

    KOMITE:

    Brg Gen BAYINGANA FIRMIN
    MICHEL MASABO
    MUPENZI ETO
    KALISA GEORGINE
    KABANDA TONNY
    UWIHANGANYE HARDI


    source : https://ift.tt/3tmHNjz

  • Polisi yerekanye bane barimo umugabo wahimbiraga abakozi ibyangombwa byo kwivuriza kuri RAMA – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa Kumi z’amanywa kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Nzeri 2021, ni bwo aba bantu beretswe beretswe itangazamakuru.

    Polisi ishinja umwe muri abo bagabo guhimba sosiyete y’ubwubatsi ifite abakozi 139 bafite abishingizi barenga 500 kugira ngo bajye bivuza bakoresheje RAMA kandi batamukorera.

    Abagore bafashwe bo bashinjwa kwiyita abakozi b’iyo sosiyete no kwivuriza mu bwishingizi bwa RAMA kandi batayikorera.

    Abaregwa bose bemeye ibyaha banabisabira imbabazi ndetse banaboneraho kugira inama abandi Banyarwanda yo kwirinda gukora uburiganya.

    Umugabo ushinjwa guhimba sosiyete yagize ati “Ndi hano ku mpamvu y’uko hari abakozi banjye bwite nari nsanzwe nkoresha nkabatangira ibyo amategeko ateganya. Haje kubaho abandi bantu b’inshuti zanjye tuziranye bansabye y’uko baza muri kompanyi yanjye bakajya bitangira imisanzu ubundi na bo bakabasha kwivurizamo.”

    Yaboneyeho gusaba imbabazi no kugira inama abandi Banyarwanda bose kwirinda gukora amanyanga nk’ayo yakoze.

    Umwe mu bagore bafashwe yagize ati “Njye kugira ngo polisi imfate barampamagaye ku wa Kane nditaba bambaza niba nkoresha RSSB ndabibabwira bambaza uko nayibonye ndabasobanurira mbabwira ko ari uyu mugabo wamfashije ndayibona. Nta kintu namuhaye uretse ko nyuma yo kumfasha namuhaye ishimwe ry’ibihumbi 100 Frw, nshyiramo n’uyu murumuna wanjye.”

    Yakomeje avuga ko nyir’icyo sosiyete bari baremeranyije ko azajya amwishyura amafaranga yishyurirwa umukozi ku buryo batangiye amwishyura 15.500 Frw uretse ko ubu yari asigaye amuha 22.500 Frw.

    Umuyobozi w’Ishami rya RSSB mu Karere ka Gasabo, Nsengiyumva Phineas, yavuze ko iyi sosiyete basanze ifite abakozi 139 n’abishingizi barenga 500; anashimangira ko yahombeje Leta mu myaka itatu ishize.

    Ati “Ubundi kwivuza byatangiye bikorwa n’abakozi ba Leta ariko nyuma haje gufungurwa imiryango ku bigo byigenga kugira ngo bibashe kuvuza abakozi babyo. Ubu rero batanga dosiye igasuzumwa bakabemerera; ni muri urwo rwego abafite ibigo byigenda harimo abagiye bayihisha inyuma bagashyiraho ibigo ariko zidafite abakozi bakagenda bavuza abatarimo.’’

    RSSB iteganya kongera imbaraga mu myaka itanu aho izakora igenamigambi rizatuma hafatwa ibyemezo byo gushakisha abashobora kwihisha muri ibyo bigo byigenga bagakora amanyanga.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera John Bosco, yasabye abakora ibyaha kubireka kuko bitazabahira.

    Ati “Icya mbere twavuga n’uko tumaze kwerekana abantu bakora ibyaha nk’ibi inshuro nyinshi; twabagira inama y’uko abatarafatwa bakwiye kuza bakavuga ibyaha bakoraga bakabireka. Icya kabiri ni uko bakwiye kureka ibyo bakora kuko barahombya ibigo bya Leta kandi si byiza.”

    Aberetswe itangazamakuru baramutse bahamwe n’icyaha bashinjwa birimo ibyo guhimba inyandiko mpimbano n’uburiganya bazafungwa imyaka iri hagati y’itanu n’irindwi.

    Polisi yataye muri yombi abantu bane barimo umugabo wahimbiraga abakozi ibyangombwa byo kwivuriza kuri RAMA kandi batamukorera

    source : https://ift.tt/3neo2tu

  • Minisitiri Gatabazi yasubukuye inteko z’abaturage zari zimaze umwaka urenga zisubitswe kubera COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Kuva COVID-19 yagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 ibikorwa byinshi birimo ibihuza abantu benshi byahise bisubikwa mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

    Muri ibyo bikorwa harimo n’inteko z’abaturage ziba buri wa Kabiri zigakemurirwamo ibibazo bitandukanye ndetse bakajya n’inama ku byabateza imbere.

    Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Nzeri 2021, Minisitiri Gatabazi yasuye abaturage bo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, asubukura inteko z’abaturage.

    Yavuze ko abantu bari bamaze igihe bashyize imbaraga nyinshi mu guhangana na COVID-19 ariko aho bigeze n’ibikorwa by’iterambere no gukemura ibibazo by’abaturage bigomba gukomeza.

    Yagize ati “Imbaraga nyinshi twazishyize kuri COVID-19 ariko hari ibindi byagiye bihagarara abaturage bari bakeneye ku nzego z’ibanze nko kubakemurira ibibazo mu nama z’abaturage zari zisanzwe ziba buri wa Kabiri mu gihugu hose ibyo byari byarahagaze ukagenda ubona ibibazo biba byinshi.”

    Yasobanuye ko abaturage bakomeje kugaragaza ko bakeneye ko ibibazo byabo bibonerwa ibisubizo, bityo hasubukuwe inteko z’abaturage kandi zizajya zikorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Gatabazi yavuze ko hakenewe no gukomeza gukora ubukangurambaga bujyanye n’iterambere kuko icyorezo cya COVID-19 cyakenesheje abaturage.

    Ati “Ndetse hakaba n’ubukangurambaga bujyanye n’iterambere kuko COVID-19 irahari yaraje ntituzi igihe izarangirira, ubuzima bugomba gukomeza abaturage bagomba kwinjira mu iterambere, bagomba kwibutswa iterambere na gahunda z’ubuzima bwabo.”

    Yasobanuye ko gusubukura inteko z’abaturage bitavuze ko bazahura ari benshi cyane barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Ati “Twaje ngo dutangize inama zihuza abaturage ariko bubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, ntabwo ari ukuvuga ngo abaturage bongere guhurira mu kibuga ari 300 cyangwa 500 ariko harebwa uburyo abayobozi bahuza abaturage bafite ibibazo kugira ngo babikemure.”

    Yavuze ko kandi abaturage bagomba guhura n’abayobozi bakibutswa ibyagezweho byose kugira ngo babisigasire kandi babibyaze umusaruro ubahindurira ubuzima.

    Ati “Perezida wa Repubulika afite gahunda y’imyaka irindwi afite ibintu yagiye akora birimo imihanda, inzu, ibiro, inganda, imidugudu yubatswe, hari byinshi bigenda bikorwa biba bikeneye ngo abantu bongere bibutse ko hari byinshi bigerwaho kandi abaturage baba babyishimiye nk’uko babigaragaje mu buhamya bagiye batanga.”

    Yasabye abayobozi gukemura ibibazo by’abaturage batabitindanye kandi bakabibutsa kugira uruhare mu bibakorerwa.

    Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara bavuze ko bishimiye ko inama zibahuza n’abayobozi zongeye gusubukurwa kugira ngo ibibazo byabo bikemurwe kandi bajye n’inama ku byo bakora byabateza imbere.

    Nayigiziki Boniface ati “Mbere na mbere ndashima ko inteko z’abaturage zongeye gusubukurwa ibibazo byacu bikaba bigiye kujya bikemurwa kandi tukajya inama yo gukora ibiduteza imbere.”

    Muri rusange abaturage bo mu Karere ka Gisagara bashimye ibyiza bagezeho n’ibikorwaremezo begerejwe birimo uruganda rw’amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri rwahubatswe, ibyumba by’amashuri, amavuriro y’ibanze mu tugari, inganda zitunga ibikomoka ku buhinzi n’ibindi.

    Minisitiri Gatabazi yabasabye gufata neza ibyo bikorwaremezo kandi bagaharanira gukora cyane kugira ngo biteze imbere bagire imibereho myiza.

    Gatabazi yavuze ko hakenewe no gukomeza gukora ubukangurambaga bujyanye n’iterambere kuko icyorezo cya Covid-19 cyakenesheje abaturage

    Minisitiri Gatabazi ari kumwe n’abandi bayobozi basuye Uruganda rw’amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri mu Karere ka Gisagara

    Minisitiri Gatabazi yanasuye inzu ziri kubakirwa abaturage batishoboye mu Murenge wa Mamba

    Minisitiri Gatabazi yasubukuye inteko z’abaturage zari zimaze umwaka urenga zisubitswe kubera Covid-19

    Minisitiri Gatabazi yasuye Uruganda rw’Amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri rwubatswe mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara

    Minisitiri Gatabazi yabasabye gufata neza ibyo bikorwaremezo kandi bagaharanira gukora cyane kugira ngo biteze imbere bagire imibereho myiza

    Abaturage bibukijwe ko gusubukura inteko z’abaturage bitavuze ko bazahura ari benshi cyane barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Abaturage bishimiye ko inteko zibahuza zongeye gusubukurwa

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3hgaOIG

  • Abanyeshuri ba Kaminuza ya Kigali basabwe kutagendera ku bumenyi bahabwa n’abarimu gusa – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku wa 6 Nzeri 2021, ubwo iyi kaminuza yatangizaga ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2021/2022.

    Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi, abarimu n’abanyeshuri bahagarariye abandi, aba bose basabwe gukorera hamwe mu kuzamura uburezi butangirwa muri iyi kaminuza, abanyeshuri basabwa kwigana umwete.

    Iyi kaminuza imaze imyaka itanu ikora, uyu mwaka iwutangiranye ingamba zitandukanye zirimo gukomeza kunoza ireme ry’uburezi, gutanga serivisi nziza, gushaka abarimu bashoboye ndetse no gushyira ku isoko ry’umurimo abakozi bashoboye.

    Dr Carlos Fernando yasabye abanyeshuri gushyira imbaraga mu masomo yabo ntibategereze ko ubumenyi bwose babushakira ku barimu.

    Yagize ati “Abanyeshuri turabasaba ko amasomo yabo bayafata mu nshingano, kwiga muri kaminuza ntabwo bisaba kwicara mu ishuri ukarindira ko umwarimu aguha ubumenyi bwose ukeneye, ahubwo nibafate kwiga nk’inshingano zabo. Hari uburyo bwinshi bashobora kwiyigisha bakabivanga n’ibyo abarimu babigishije.”

    Umuyobozi wa Kaminuza ya Kigali, Prof Dr Tombola M. Gustave, yavuze ko muri ibi bihe bya COVID-19, Minisiteri y’Uburezi yabemereye gukomeza amasomo hakoreshejwe ikoranabuhanga.

    Ati “Muri ibi bihe bya COVID-19, Kaminuza ya Kigali yemerewe na Minisiteri y’Uburezi kwigisha binyuze ku rubuga rwa moodle, bivuze ko hari amasomo bashobora kwiga banyuze kuri murandasi bakaba bakwiga bakaza hano gukora ibizamini.”

    Kaminuza ya Kigali itanga ubumenyi mu bijyanye n’Ubucuruzi n’Ubukungu, Amategeko, Uburezi, Itangazamakuru n’itumanaho ndetse n’Ikoranabuhanga.

    Umuyobozi w’icyubahiro wa Kaminuza ya Kigali (UoK), Dr Carlos Fernando yasabye abanyeshuri b’iyi kaminuza kwishakira ubumenyi ku ruhande ntibagendera ku byo bahabwa n’abarimu gusa

    Uyu muhango wari witabiriye n’abayobozi, abarimu n’abanyeshuri ba Kaminuza ya Kigali

    Umuyobozi wa Kaminuza ya Kigali, Prof Dr Tombola M Gustave yavuze ko muri ibi bihe bya COVID-19 amwe mu masomo ari gutangwa hifashishijwe ikoranabuhanga

    Kaminuza ya Kigali yatangije umwaka w’amashuri wa 2021/2022

    Abitabiriye uyu muhango basabwe gukorera hamwe mu guteza imbere kaminuza

    source : https://ift.tt/2YrPhWX

  • Muhanga: Umwanditsi w’urukiko yafashwe yaka ruswa – #rwanda #RwOT

    Uwo mwanditsi afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    RIB yashimiye abagize uruhare kugirango ucyekwaho icyaha afatwe, inongera gukangurira abaturarwanda gukomeza gutanga amakuru kubasaba n’abatanga ruswa kugirango bahanwe bityo iranduke burundu mu gihugu cyacu.

    RIB yafunze Dushimuwera Robert, umwanditsi w’urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba ukurikiranyweho kwaka ruswa uwakekwagaho icyaha.

    Dushimuwera ubu akaba afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mugihe iperereza rikomeje kugirango hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    — Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) September 7, 2021

    Ingingo ya gatanu mu Itegeko rirwanya ruswa, ivuga ko Umucamanza wese cyangwa umukemurampaka wakiriye cyangwa wasabye indonke, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n’ibiri (12) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse.

    Umwanditsi w’urukiko, umushinjacyaha, umufasha w’umushinjacyaha, umwunganizi mu mategeko, intumwa ya Leta mu nkiko, umuhesha w’inkiko, umukozi wa Leta ushinzwe gusesengura imanza ku mpamvu z’akarengane, umukozi wa Leta ushinzwe gutanga ubufasha mu by’amategeko, umugenzacyaha cyangwa umuntu wahamagajwe mu nzego z’ubutabera nk’umuhanga wasabye cyangwa wakira indonke cyangwa wemera amasezerano yo kuyihabwa kugira ngo abone gukora ibiri mu nshingano ze, areke gukora igikorwa kiri mu nshingano ze cyangwa atume hafatwa icyemezo kidahuje n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yasabye, yakiriye cyangwa yasezeranyijwe.


    source : https://ift.tt/3tn8t3L

  • Uburyo bwihariye bwo guhinga ibihumyo n’umuceri bwatangiye guteza imbere abahinzi – #rwanda #RwOT

    Iyo tekinike yazanywe mu Rwanda muri gahunda yiswe The China-Rwanda Agriculture Technology Demonstration Center (C-RATDC) hubakwa ikigo izajya ikoreramo i Rubona mu Karere ka Huye.

    Umuyobozi ushinzwe gahunda y’ubuhinzi ya C-RATDC, Zhu Su, yavuze ko kugeza ubu umushinga wabo wigishije abahinzi kubungabunga ubutaka n’amazi hamwe n’ikoranabuhanga ryo guhinga ibihumyo.

    Yavuze ko kugeza ubu hamaze gutangwa amahugurwa ku bahinzi 2,109 mu byiciro bigera kuri 57.

    Abo bahinzi bigishijwe gutubura imbuto y’ibihumyo ndetse no guhinga umuceri mu buryo bwa kijyambere butuma wera neza ugatanga umusaruro utubutse.

    Ati “Twahuguye abantu 2,109 tubigisha tekinike yo guhinga ibihumyo n’umuceri kugira ngo bagire iterambere rirambye rikomoka ku buhinzi.”

    Yavuze ko abanyeshuri bane bongerewe ubumenyi kuri tekinike yo guhinga ibihumyo (Juncao) ndetse n’abandi bahinzi batozwa gukoresha iyo tekinike aho batuye.

    Yavuze ko ikoranabuhanga rya Juncao rimaze kugezwa ku bahinzi barenga 3,700 barimo abakorera mu makoperative n’abakora ku giti cyabo, bituma barwanya ubukene n’imirire mibi mu miryango yabo.

    Muri rusange yavuze ko iyo tekinike imaze kugirira akamaro abantu bagera ku bihumbi 20 kuko hari n’abagiye bahabwa akazi.

    Bamwe mu bahinzi bo mu turere twa Huye na Nyanza bavuze ko nyuma yo kwigishwa iyo tekinike babonyemo inyungu y’amafaranga kandi ibihumyo bahinze bibafasha gukumira imirire mibi bategura indyo yuzuye.

    Ndayizeye Erneste wo mu Karere ka Huye avuga ko amaze kurangiza kwiga muri Kamunuza y’u Rwanda yagiye kujya kwimenyereza umwuga mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, RAB, nyuma ajya kongererwa ubumenyi mu Bushinwa bamwigisha tekinike ya Juncao yo guhinga ibihumyo.

    Ati “Kugeza ubu maze imyaka ibiri mpinga kandi nkagurisha imigina n’ibihumyo. Natangiye nkora imigina 300 ariko ubu nkora irenga 5,000 mu kwezi kumwe. Nashoye amafaranga atarenga ibihumbi 200 ariko ubu mfite igishoro cy’agera kuri miliyoni 5 z’amafaranga y’u Rwanda.”

    “Nkoresha abakozi batanu bahoraho kandi iwanjye ntihashobora kuba ikibazo cy’imirire mibi kuko ibihumyo bifite intungamubiri.”

    Kanani Enani wo mu Karere ka Nyanza we amaze kwigishwa tekinike ya Juncao, mu 2012 yashize ikigo gihinga ibihumyo kikanahugura abahinzi.

    Ati “Mu mezi nk’abiri tuba dufite imigina igera ku bihumbi umunani. Uyu mushinga nawutangije miliyoni 20 z’amanyarwanda ariko aho ugeze ubu uhagaze kuri miliyoni 50.”

    Mwemezi Cyril wo mu Karere ka Huye yavuze ko aho bahinga umuceri babona umusaruro mwiza bitewe no guhinga kijyambere.

    Ati “Muri murima umwe mpinga umuceri nkasarura mu mezi atandatu bakampa ibilo 100 byo kurya undi bakawugura bakampa amafaranga nifashisha mu rugo iwanjye cyangwa nkoresha ibindi nkeneye.”

    Iyo bashaka guhinga ibihumyo babanza gukora imigina bifashishije ibisigazwa by’ibigorigori, ibishogoshogo by’ibishimbo n’ibindi hanyuma bagakoresha uburyo bwo kuyitunganya no kuyihinga ahabugenewe.

    Mu 2009 ni bwo hasinywe amasezerano hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa yo gushyira mu bikorwa umushinga wa C-RATDC, aho yameje imikoranire ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (MINAGRI) na Kaminuza y’ubuhinzi n’amashyamba (FAFU) yo mu Bushinwa.

    Usibye mu Rwanda, iyi tekinike ya Juncao yamaze kugera no mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba n’iyo hagati.

    Ikindi gikorwa ni ugukora ipamba rivamo imyenda kandi hari kunozwa uburyo na byo byagezwa mu baturage.

    Ibihumyo byeze ku migina bateye

    Imigina y’ibihumyo yatangiye kumera

    Bimwe mu bihumyo byeze barabihunika kugira ngo bitangirika

    Mu byo bigishijwe harimo no guhinga umuceri mu buryo bwa kijyambere

    Umuyobozi ushinzwe gahunda y’ubuhinzi ya C-RATDC, Zhu Su, yavuze ko kugeza ubu umushinga wabo wigishije abahinzi kubungabunga ubutaka n’amazi hamwe n’ikoranabuhanga ryo guhinga ibihumyo

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3zTFwPm

  • Umunyamakuru wa Radio ikorera i Kigali akurikiranyweho gusambanya umwana – #rwanda #RwOT

    Uwo munyamakuru bivugwa ko yasambanyije uwo mwana ku wa 5 Nzeli 2021 mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Remera mu Kagari ka Nyabisindu.

    Uwo mwana w’umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko ngo yari yagiye gusura uwo munyamakuru, ahageze undi amunywesha inzoga arangije abona kumusambanya.

    Ukekwaho iki cyaha afungiye kuri Station ya RIB ya Remera mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye hanyuma ishyikirizwe ubushinjacyaha.

    Icyaha cyo gusambanya umwana iyo ugikekwaho agihamijwe n’urukiko, afungwa imyaka itari munsi ya 20 ariko na none itarenze 25.

    Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE amakuru y’ifungwa ry’uwo munyamakuru, asaba abaturarwanda kugendera kure iki cyaha.

    Ati “Abasambanya abana bagomba kumenya ko RIB itazagoheka mu kurwanya no kubakurikirana kugira ngo baryozwe ibyo byaha. Buri muntu ku ruhande aherereyemo, mu kazi akora afatanye na RIB duhashye abantu basambanya abana. Ni inshingano za buri wese ukunda u Rwanda n’ahazaza heza harwo. Ni amahano, ntitugomba kubyihanganira”.


    source : https://ift.tt/3yPiwzr

  • Sosiyete Sivile yasabye ko iminsi y’ikiruhuko ihabwa umugabo wabyaye yongerwa – #rwanda #RwOT

    Sosiyete Sivile yatangaje ko umugabo wabyaye akwiye guhabwa iminsi y’ikiruhuko ingana n’iy’umugore. Ingingo ya 56 mu Itegeko Rigenga umurimo igena ko umugore wabyaye ahabwa ikiruhuko cy’ibyumweru bibiri mu gihe umugabo we ahabwa iminsi ine.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Sosiyete Sivile mu Rwanda, Nyemazi John Bosco yabwiye The New Times ko nubwo u Rwanda rwakoze byinshi mu kugabanya icyuho cyari mu bijyanye n’uburinganire, ari ingenzi gukomeza kugenzura amategeko na politike bishobora kwitambika uru rugendo rwiza rwatangiye.

    Ati “Buri gihe ni ingenzi gusubiza amaso inyuma hakagenzurwa niba amwe mu mategeko n’amabwiriza yashyizweho adakeneye kurushaho kuvugururwa cyangwa gusubirwamo cyangwa niba hari ubundi buryo bunoze bukwiriye kwifashishwa mu kuyashyira mu bikorwa.”

    Yakomeje avuga ko ikindi gikwiye kurebwa ari inzitizi aya mategeko ateza mu rugendo rwo kugera ku buringanire bwuzuye.

    Nyemazi yavuze ko kuba abagabo babyaye bahabwa umwanya muto w’ikiruhuko bituma batagira igihe gihagije cyo kwita ku bagore babo n’umwana uba wavutse, bikarushaho kuba bibi igihe uku kwibaruka gukurikiwe n’uburwayi bw’umugore cyangwa umwana.

    Babanze bafashe abagore babo imirimo

    Nubwo Sosiyete Sivile igaragaza ko ikiruhuko gihabwa abagabo babyaye gikwiye kongerwa, hari imwe mu miryango irimo n’Umuryango utegamiye kuri Leta ukora gahunda zo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (RWAMREC) igaragaza ko abagabo bakwiye kubanza kwiga gufasha abagore babo imirimo

    Umuyobozi wa RWAMREC, Venant Nzabonimpa, yavuze ko abagabo bakwiye gushyira imbaraga mu gufasha abagore babo gukora akazi batishyurirwa kazwi nka ‘Unpaid work’ kugira ngo bagire n’aho bahera basaba kongererwa iminsi y’ikiruhuko bahabwa igihe babyaye.

    Ati “Hakwiye gushyirwaho itegeko rigamije gukumira ibibazo bikomeye. Ndasaba abagabo kugira uruhare rwuzuye igihe umugore utwite akaneye ubufasha ndetse na nyuma yo kwibaruka, kugira ngo nibura tugire icyo duheraho dusaba izi mpinduka.”

    Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Action Aid Rwanda, bugaragaza ko abagore bo mu cyaro ku munsi bamara amasaha atandatu cyangwa arindwi mu mirimo yo mu rugo batishyurirwa mu gihe abagabo bayimaramo amasaha ari hagati y’imwe n’atatu. Iyi mirimo irimo guteka, kwita ku bana, gukora isuku no kuvoma.

    Mu rwego rwo gukemura iki kibazo, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Assumpta Ingabire yavuze ko hari gukorwa byinshi birimo no guhindura imyumvire y’abagabo haherewe ku bana b’abahungu babumvisha ko nabo bakwiye kugira uruhare mu mirimo yo mu rugo.

    Sitati nshya y’Itegeko rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba Leta, igena ko “umukozi wa Leta w’umugabo ahabwa ikiruhuko cy’iminsi ine iyo umugore we yabyaye, iyo umugore yagize ingorane zishingiye ku kubyara umugabo ahabwa indi minsi itanu yiyongera kuyo yari yahawe.”

    Sosiyete Sivile yasabye ko iminsi y’ikiruhuko ihabwa umugabo wabyaye yongerwa

    source : https://ift.tt/3jUMLRC

  • IGP Dan Munyuza yashimye Polisi ya Tanzania yahaye iy’u Rwanda amakuru ku byihebe byo muri Cabo Delgado – #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Nzeli nibwo IGP Gen Simon Nyakaro Sirro n’intumwa ayoboye bageze mu Rwanda.

    IGP Dan Munyuza yamwakiriye ari ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa DIGP, Ntamuhoranye; Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, n’abandi ba ofisiye bakuru muri Polisi y’u Rwanda.

    IGP Munyuza yahaye ikaze abashyitsi ashimira mugenzi we IGP Gen Simon Nyakaro Sirro kuba yarubahirije ubutumire yamuhaye nyuma y’amezi atatu gusa nawe avuye gusura Polisi y’Igihugu cya Tanzania.

    Yavuze ko uru ruzinduko rushimangira ubushuti buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Tanzania ndetse ubu bushuti buri ku mpande zombi buri no hagati y’ibihugu byombi.

    IGP Munyuza yabanje kwihanganisha Polisi ya Tanzania ndetse n’igihugu muri rusange ku rupfu rw’abapolisi batatu b’iki gihugu n’umuzamu umwe baherutse kwitaba Imana bishwe n’umugizi wa nabi wari witwaje intwaro abasanze ku kazi kabo tariki ya 25 Kanama 2021.

    IGP Munyuza yavuze ko ubwo aheruka mu ruzinduko muri Tanzania muri Gicurasi uyu mwaka, yishimiye amakuru y’ingirakamaro yasangijwe, ajyanye n’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu Majyaruguru y’Igihugu cya Mozambique.

    Yavuze ko aya makuru yari ingirakamaro kuko yakurikiwe no kohereza Abapolisi n’Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wari muri iyi ntara.

    Ati “Twashyize hamwe nk’abayobozi ba Polisi zo mu Karere kugira ngo dusangire amakuru ndetse n’ibikorwa byo kurwanya iterabwoba, kugira ngo tubigereho ni uko tugomba kuziba ibyuho by’abarikora dukoreye hamwe.”

    IGP Munyuza yagaragaje ko Polisi y’u Rwanda izakomeza ubufatanye na Polisi ya Tanzania mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.

    Yavuze ko binyuze mu mikoranire myiza iri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Tanzaniya yizeye adashidikanya ko abanyabyaha bazi neza ko badashobora gutegura no guhungabanya umutekano wa Tanzania bavuye mu Rwanda cyangwa ngo babe bahungabanya umutekano w’ u Rwanda bifashishije Igihugu cya Tanzania.

    IGP Gen Simon Nyakaro Sirro mu ijambo rye yavuze ko akarere gafite ikibazo cy’iterabwoba kandi ko iki aricyo gihe cyiza cyo kurirwanya, bagahora biteguye amakuru bakuye mu Rwanda bagahita bagira icyo bakora .

    Yavuze ko biturutse ku makuru Polisi ya Tanzania yahawe n’iy’u Rwanda bashoboye gufata bamwe mu bacyekwaho ibyaha.

    Yagize ati” Dufite ikibazo cy’iterabwoba kandi iki n’igihe cyo kurirwanya. Ndababwiza ukuri ko binyuze mu guhanahana amakuru twahawe n’u Rwanda twashoboye gufata bamwe mu bacyekwaho ibyaha.”

    Yakomeje ashimira Polisi y’u Rwanda uburyo ibumbatira amategeko no gucunga umutekano w’abantu n’ibintu byabo bituma bakora neza mu guteza imbere igihugu cyabo.

    Yavuze ko abantu bagomba kubahiriza amabwiriza bahabwa n’inzego z’ubuzima mu kwirinda icyorezo cya COVID-19 kandi bagakora cyane kugira ngo biteze imbere.

    Biteganyijwe ko uruzinduko rwa IGP wa Polisi ya Tanzania n’intumwa ayoboye ruzamara iminsi ine, bazasura bimwe mu bigo n’amashami bya Polisi y’u Rwanda birebera ibimaze kugerwaho.

    IGP Dan Munyuza yashimye umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda n’iya Tanzania

    IGP Gen Simon Nyakaro Sirro yatangaje ko akarere gafite ikibazo cy’iterabwoba kandi ko iki aricyo gihe cyiza cyo kurirwanya

    Ibiganiro by’aba bayobozi bombi bigamije gushimangira umubano usanzwe n’imikoranire

    Abayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda bafata ifoto y’urwibutso n’abari babasuye

    source : https://ift.tt/2X2Q0wZ