Tag: featured

  • WASAC ishobora guhindurwamo ibigo bibiri – #rwanda #RwOT

    Yabivugiye imbere ya Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) ku wa 8 Nzeli 2021, ubwo yari kumwe n’abayobozi ba WASAC babazwa ku micungire mibi y’imari imaze igihe igaragazwa na Raporo y’Umugenzuzi Mukuru muri icyo kigo.

    Raporo babazwagaho ni iya 2018/19 kuko mu ya 2019/20 WASAC ntiyigeze igaragaza imikoreshereze y’imari.

    Hagarajwemo ko hari miliyoni 103 Frw WASAC yishyuye kabiri kuri Sosiyete ya Africa General Trading yayigurishije imiti isukura amazi. Amwe yishyuriwe kuri konti iri muri Banki ya Kigali andi yishyurirwa ku yo muri GT Bank.

    Abadepite bagize PAC bavuze ko ubwo ari “uburiganya” kuko bitumvikana uko amafaranga yakwishyurwa inshuro ebyiri kandi binagaragara ko itsinda ryakoze ibyo bikorwa ari rimwe.

    Umuyobozi Mukururu w’Agateganyo wa WASAC, Umuhumuza Gisele, yasobanuye ko bari gushaka uko yagaruzwa ariko ko hari miliyoni zirenga 20 Frw zizagenderamo ngo bitewe n’inyungu zimwe na zimwe zizishyurwa.

    Raporo yerekana kandi ko WASAC iberewemo imyenda ya miliyoni 838 Frw nayo ikabamo igera kuri miliyoni 803 Frw.

    Uwase yatangaje ko hamaze ibyumweru bibiri hakorwa isuzuma ku bishobora gushingirwaho hakorwa amavugurura, ibizarivamo bikazaragazwa hagati mu Ukwakira 2021.

    Niba iyo micungire mibi iterwa n’imiyoborere mibi hazakorwa impinduka mu buyobozi, nibirimba hashyirweho ibigo bibiri aho kimwe kizaba gishinzwe gutunganya amazi ikindi gishinzwe kuyageza ku bayakeneya cyangwa kuyagurisha.

    Uwase ati “Ni isuzuma ritagamije kugaragaza neza iby’imari n’ibibazo by’imishinga gusa, ahubwo na buri cyose haba n’imiyoborere,ibikorwa nyamukuru by’ikigo n’intego dufite.”

    Yavuze ko binyuze muri iryo suzuma bashaka gucukumbura imiterere ya WASAC harebwa niba ijyanye n’intego yayo cyangwa niba impinduka zikenewe kugira ngo bijyane.

    WASAC ishobora guhindurwamo ibigo bibiri

    source : https://ift.tt/3l5HrKw

  • Imirimo yo kubaka umuhanda Base-Butaro ikomeje kuba agatereranzamba – #rwanda #RwOT

    Mu 2018, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yasobanuriye abadepite ko idindira ry’imirimo yo kubaka umuhanda Base-Butaro-Kidaho, ufite uburebure bw’ibilometero 63 ryaturutse ku mananiza yatewe na Banki itsura Ubucuruzi Mpuzamahanga y’u Buhinde (Exim Bank) yari yatswemo inguzanyo.

    Iyo banki yasabye ko kugira ngo ayo mafaranga asohoke, sosiyete izawubaka igomba kuba ikomoka mu Buhinde.

    Icyo gihe yagize ati “Twafashe inguzanyo muri Banki itsura ubucuruzi mpuzamahanga Exim Bank y’u Buhinde hazamo amananiza ku buryo abagombaga gukora uwo muhanda, bimwe mu bisabwa ni uko agomba kuba ari amasosiyete yabo, kugira ngo baguhe amafaranga ahendutse bagusaba gutanga akazi ku masosiyete yabo.”

    Yakomeje agira ati “Bo bishakira amasoko y’iwabo bakayaha igihugu cyasabye umwenda ari nk’atanu bagapiganisha muri ayo. Abapiganye muri abo bazanye ibiciro bikubye kabiri igiciro cy’agaciro k’umuhanda. Ibyo byagombaga gutuma dufata indi nguzanyo.”

    Ibi byatumye abari bari kubaka umuhanda bahagarika imirimo kuko Leta yafashe umwanzuro wo guhindura inkomoko y’ingengo y’imari yo kuwubaka cyane ko ngo ari byo byari bifitiye igihugu inyungu, bityo bisaba ko amasezerano ya rwiyemezamirimo wa mbere aseswa ku bwumvikane kugira ngo hazemo rwiyemezamirimo mushya nk’uko byasabwaga n’abaterankunga.

    U Rwanda n’u Buhinde byari byasinyanye amasezerano ya miliyoni 56 z’amadolari yo kubaka uwo muhanda, akazishyurwa mu myaka 25 ku nyungu ya 1,5% ariko rukazatangira kwishyura nyuma y’imyaka itanu.

    Abaturage bakomeje kwibaza impamvu zituma uyu muhanda bemererewe na Perezida wa Repubulika utubakwa kandi wakagombye kuba waruzuye nibura mu 2020 nk’uko imirimo yari iteganyijwe.

    Minisiteri ishinzwe Ibikorwaremezo itangaza ko ibyo bikorwa by’amananiza byakomeje kuba intambamyi mu mirimo yo kubaka bituma hafatwa umwanzuro wo gushaka abandi baterankunga barimo na Banki Nyafurika itsura Amajyambere kugira ngo haboneke ingengo y’imari yakwifashishwa ngo imirimo isubukurwe.

    Mu kiganiro kigufi Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ibikorwa by’Ubwikorezi (RTDA) Baganizi Patrick Emile, yagiranye na IGIHE yavuze ko bataramenya neza gahunda y’igihe imirimo yo kubaka izasubukurirwa kuko hataraboneka abaterankunga.

    Yagize ati “Gahunda yo gusubukura imirimo yo irahari ariko turacyashakisha abaterankunga. Ntabwo turabona amafaranga ariko turimo turayashakisha dufatanyije na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.”

    Yakomeje agira ati “Ntabwo wakwiha igihe kandi amafaranga atari ayawe, ntabwo waba uri gusaba umuntu ngo umuhe igihe ntarengwa cyangwa itariki. Tuba twiha igihe gito gishoboka ariko nyine urumva haba harimo izo mbogamizi. Dukora uko dushoboye kuko uriya muhanda uri mu by’ibanze, bityo turi gukora uko dushoboye ku buryo byakorwa vuba.”

    Ubwo imirimo yo kubaka uyu muhanda yakorwaga hari abaturage bavuga ko babaruriwe ariko ntibahabwe ingurane ikwiye gusa biteganyijwe ko bagomba kuba bahawe ingurane zabo nibura mu Ugushyingo 2021 kuko hashyizweho itsinda rihuriweho na RTDA n’inzego zibanze rizakurikirana uko ikibazo giteye.

    Ubundi uyu muhanda numara kuzura witezweho koroshya ubuhahirane mu baturage, uhuze ibitaro bya Butaro n’ibya Ruhengeri, ufashe ba mukerarugendo basura ahantu nyaburanga mu Karere ka Burera nk’ ikiyaga cya Ruhondo, abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ndetse woroshye n’ingendo ku bakenera serivisi za Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE).

    Uyu muhanda byari byitezwe ko ugomba kuba wuzuye mu 2020

    source : https://ift.tt/3hj8yjX

  • Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zabohoye ibice byose bya Cabo Delgado”; haravugwa impfu z’ibyihebe bikuru – #rwanda #RwOT

    Ni urugamba rukomeye rwatangiye muri Nyakanga 2021 ariko rukaza gufata indi ntera mu ntangiriro z’ukwezi gushize ubwo icyicaro gikuru cy’ibyo byihebe cyari ahitwa Mocimboa da Praia cyafatwaga.

    Ibyo byihebe byahise bikwira imishwaro mu mashyamba y’ahitwa Mbau na Siri, aho ubu ibyo bice byose byamaze kubohorwa mu bitero birangajwe imbere n’Ingabo z’u Rwanda.

    Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, yatangaje ko ubu Ingabo z’Igihugu cye zifatanyije n’iz’u Rwanda zamaze kwigarurira hafi y’ibice byose byari byarafashwe n’iyo mitwe y’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado.

    Siri, agace kabereyemo imirwano ikomeye

    Ubwo Mocimboa da Praia yari imaze gufatwa, Ingabo z’u Rwanda zahise zikomeza urugamba mu bice bya Mbau. Ni agace kari mu bilometero 45 uvuye Mocimboa da Praia. Ni ahantu hari amashyamba akomeye ameze nk’ayo muri Nyungwe. Byakunze kuvugwa ko izo nyeshyamba zihifashisha nk’aho zikorera imyitozo.

    Imirwano yatangiye mu cyumweru cya kabiri cya Kanama 2021 birangira ku wa 20 Kanama ako gace kigaruriwe n’u Rwanda. Icyo gihe byatangajwe ko hari imirambo 11 y’inyeshyamba yabonetse, indi irahungishwa aho bivugwa ko ibyo byihebe byagiye biyizirikaho bikayikurura.

    Hari amakuru avuga ko mu igenzura ryakozwe nyuma y’aho, habonetse indi mirambo irenga 10 bivugwa ko umubare w’ibyihebe byishwe icyo gihe yari myinshi kurusha iyabonetse.
    Mbau imaze gufatwa, urugamba rwakomereje ahitwa Siri, agace izo nyeshyamba zari zahungiyemo. Ni urugamba rwatangiye ku wa 31 Kanama rugera ku wa 5 Nzeli 2021.

    Kimwe na Mbau, amakuru avuga ko mu mashyamba yo muri ako gace izo nyeshyamba zagiye zubaka indake zihishamo, ubundi zigahindura amayeri yo kurwana ku buryo zizamuka mu biti hejuru.

    Byasabye ingabo zazirwanyaga guhindura amayeri, kugira ngo hato zitaza kugwa mu gico cyazo.

    Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga, mu kiganiro aherutse kugirana n’igitangazamakuru cya leta yo muri Afurika y’Epfo, SABC, yasobanuye ko kuba Ingabo z’u Rwanda nazo zaratangiye zirwana mu mashyamba ari kimwe mu byatumye uru rugamba rutazigora cyane.

    Ati “Barwana mu buryo utapfa kubabona, ariko natwe twakoze muri ubwo buryo mbere, twari umutwe w’inyeshyamba mbere, rero byaratworoheye kumenyera imikorere yabo tubasha kubahashya.”

    Icyo gihe yavuze ko hari ibyihebe byafashwe bugwate bikiri bizima gusa yirinda kuvuga amakuru byaba byaratanze ku nzego z’umutekano ubwo byabazwaga.

    Haravugwa impfu za bamwe mu byihebe

    Muri uru rugamba biragoye kumenya umubare w’inyeshyamba zimaze kwicwa, gusa hari amakuru avugwa ko mu bamaze gupfa harimo bamwe mu barwanyi bakuru b’ibyo byihebe.

    Umwe mu bavugwa ko bishwe ni umuyobozi wari ushinzwe ibikorwa bya gisirikare by’ibyo byihebe. We ngo yapfuye azize ibikomere by’amasasu nyuma yo kumara iminsi myinshi arwaye.

    Hari n’undi bivugwa ko yari mu barwanyi batatu bo hejuru muri uwo mutwe wiciwe ahitwa 1st May n’undi bivugwa ko yari umuntu wa kabiri ukomeye wiciwe ahitwa Awasse.

    Ku rundi ruhande, amakuru IGIHE yahawe na bamwe mu bazi umuzi w’ibibazo byo muri Cabo Delgado, bavuga ko umuyobozi mukuru w’ibi byihebe ari umunyamahanga w’umuyoboke ukomeye w’idini ya Islam.

    Kuva ubwo Ingabo z’u Rwanda zageraga muri Cabo Delgado, ngo ni umwe mu bahunze mbere na mbere anyuze muri Tanzania. Ubu bivugwa ko ashobora kuba yaragiye muri Aziya.

    Umutwe w’iterabwoba urwanira muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado witwa “Ahlu Sunnah Wa-Jama” gusa imbere mu gihugu abaturage bawita “Al Shabaab”.

    Bivugwa ko ujya gutangira, hari abantu baturutse mu mahanga [hatangwa urugero kuri Tanzania], bagatangira kujya baha abaturage amafaranga kugira ngo bikenure.

    Muri uko kubaha amafaranga, ni na ko babigishaga ibijyanye n’idini ya Islam, intego ni uko intara ya Cabo Delgado yari guhinduka icyicaro gikuru cy’imitwe y’iterabwoba igendera ku matwara akaze y’idini ya Islam.

    Ku rundi ruhande, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gutangaza umugabo witwa “Bonomade Machude Omar” uzwi nka “Abu Sulayfa Muhammad” na Ibn Omar nk’abayobozi b’uyu mutwe.

    Bibarwa ko abaturage barenga 3000 ari bo bamaze kwicwa n’ibyo byihebe, mu gihe abavuye mu byabo bo barenga ibihumbi 700. Gusa Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Taliabo, aherutse kubwira IGIHE ko nubwo habarurwa abo n’abandi ntawe uzi aho baherereye.

    Perezida Kagame aherutse gutangaza ko mu byihebe biri mu Ntara ya Cabo Delgado harimo n’abanyarwanda cyo kimwe n’abandi baturutse mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba.

    Ati “Bamwe muri ibyo byihebe, twabonye ko baturuka mu bice bitandukanye harimo n’u Rwanda. Twabonye ko harimo Abanyarwanda, hari Abanya-Uganda, Abanye-Congo, Abarundi, Abanya-Tanzania bose barahagarariwe. Muri kariya gace, ibyo byihebe bituruka mu bihugu bitandukanye.”

    Intara ya Cabo Delgado ifite ubuso bungana na Kilometero kare 82.625, ukoze imibare wasanga iruta u Rwanda inshuro 3,1. Mu 2017 byabarwaga ko ituwe n’abaturage barenga miliyoni 2,3.

    Ni yo yakabaye ikize mu ntara 11 zigize Mozambique kuko ifite umutungo kamere mwinshi wa gaz ari na byo byatumye Total Energies ihashora asaga miliyari 20 z’amadolari ashobora kwiyongera akagera kuri miliyari 50$ mu mushinga wiswe LNG, Liquefied Natural Gas.

    Gusa ni yo ntara ikennye kurusha izindi, irimo abaturage ba mbarubukeye kandi niyo irimo umutekano muke kurusha izindi zose.

    Kuri ubu, ibikorwa byo kurwanya imitwe y’iterabwoba muri iyi ntara biri gukorwa bijyanishwa no gusubiza abaturage mu buzima busanzwe. Gucyura impunzi byatangiye ku wa 28 Kanama 2021 mu nkambi ya Quitunda aho kugeza ubu hamaze gucyurwa abagera ku 1.245. Byahise bikomereza mu ya Patekuwa aho ku wa 1 Nzeri 2021 hacyuwe 1.205.

    Ibikorwaremezo nabyo byatangiye gusanwa hirya no hino, amakuru avuga ko nk’imirongo y’itumanaho rya telefoni yakozwe Mocimboa da Praia, amashanyarazi akongera gushyirwa ku mihanda y’ahitwa Mueda.


    source : https://ift.tt/3E4VZm0

  • Sobanukirwa byinshi byagufasha kurinda ibihaha no gutuma bikora neza. #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Menya uko warinda ibihaha
    Menya uko warinda ibihaha

    Ibihaha ni byo bituma umubiri ubasha kwakira umwuka mwiza uwufasha gukora neza no guhumeka umwuka wa oxygène. Si ibyo gusa, kuko ibihaha bifite akandi kamaro karenze ako, kuko bikora umurimo wo kuyungurura uburozi n’ibindi bintu byakwangiza umubiri biwinjiramo binyuze mu myanya y’ubuhumekero.

    Ibihaha rero, kimwe n’izindi ngingo zigize ubuzima bwa muntu nk’umutima n’impyiko, bihura n’indwara nyinshi n’ibindi bibazo binyuranye, cyane cyane mu bihe by’icyorezo nka Covid-19.

    Ni gute byarindwa ibyo byago bigasigasirwa?

    Kugira ngo ibihaha bikore neza kandi birindwe, umuntu agomba kumenya kwita ku mirire ye, kubikoresha (Imyitozo ngororangingo), gusukura aho uba, kwirinda imyuka ihumanya ikirere n’ibindi.

    1. Kurinda ibihaha

    Kwirinda kunywa itabi, kwirinda guhumeka imyuka yo mu kirere yanduye, kwivuza indwara zo mu buhumekero, gukingura amadirishya n’imiryango byibuze mu gihe cy’iminota 20 ku munsi kugira ngo hinjire umwuka mwiza ndetse no gusukura kenshi aho uba urwanya ivumbi.

    Ni byiza kwambara agapfukamunwa (mask) mu gihe urimo gukora imirimo yatuma uhura n’ibihumanya ibihaha (gukubura ahari imikungungu cyangwa ivumbi, mu gihe urimo gukoresha imiti isukura irimo ibihumanya,…)

    2. Kubikoresha

    Gukora imyitozo ngororamubiri (kugenda n’amaguru ariko wihuta), kugenda ku igare mu gihe cy’iminota 30 byibuze inshuro eshatu mu cyumweru.

    3. Gusukura ibihaha

    Gukora imyitozo ya Yoga izwi nka “Khapalabati”, mu gihe cy’iminota iri hagati y’itatu n’itanu byibuze inshuro eshatu mu cyumweru.

    Uko ikorwa: Kwicara neza umugongo urambuye (wemye) ugashyitsa ibiganza ku bibero. Guhumeka inshuro ebyiri winjiza umwuka binyuze mu mazuru ukawusohora binyuze mu kanwa. Ibi bikorwa umuntu ashonje cyangwa se nyuma y’amasaha hagati y’abiri n’atatu amaze kurya.

    4. Kwita ku mafunguro ufata

    • Ibishyimbo

    Mu bishyimbo harimo intungamubiri zinyuranye zituma biba ifunguro ry’ingenzi. Muri izo ntungamubiri iy’ingenzi ku buzima bw’ibihaha ni vitamini B9 (folate cyangwa folic acid). Ubushakashatsi bwagaragaje ko iyi vitamini ifasha umubiri guhangana na COPD, iyi ikaba indwara ya karande yangiza ibihaha cyane.

    • Ifi za salmon

    Izi fi zikungahaye ku binure bya omega-3, ibi bizwiho kurwanya kubyimbirwa mu mubiri, by’umwihariko ku bihaha.

    Asima ni imwe mu ndwara zo kubyimbirwa kw’ibihaha, kandi mbi cyane. Rero kuba iyi omega-3 ifasha mu guhangana no kubyimbirwa bituma ibyo ibonekamo biba ibyo kurya byiza mu guhangana na yo no kurinda ko ihora igaruka. Ahandi iyi omega-3 iboneka ni mu bunyobwa.

    • Inkeri

    Inkeri zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi harimo vitamini E, polyphenols, ibirwanya uburozi mu mubiri na anthocyanins. Ibi byose bizwiho kurwanya kanseri zinyuranye bityo bikaba bituma inkeri zifasha mu gutuma bitarwara kanseri bikanabirinda indwara zabifata ziterwa na mikorobi.

    • Tangawizi

    Iki kirungo kiri mu biza ku mwanya wa mbere mu gufasha imikorere myiza y’ibihaha. Impamvu nyamukuru ni uko tangawizi ifite ingufu zo gusohora imyanda mu nzira z’ubuhumekero. Iyi myanda ni yo itera ibibazo mu bihaha byanatera kanseri. Gukoresha tangawizi birwanya kubyimbirwa na kanseri byo mu bihaha.

    • Tungurusumu

    Tungurusumu ifite byinshi itumariye gusa icy’ingenzi ni uko ituma umubiri w’umuntu hari ‘enzyme’ ukora. Iyi enzyme ikaba ifasha umubiri n’ibihaha gusohora imyanda n’ibitera kanseri birimo. Ibi bituma Tungurusumu iba ingenzi mu kubisukura no gukuramo ibitera kanseri.

    • Karoti

    Muri zo dusangamo carotenoids, zizwiho guhangana na kanseri y’ibihaha. Kugirango uzibone zihagije bisaba ko karoti uzihekenya aho kuziteka. Gusa n’iyo waziteka wakwirinda kuzikaranga bityo ibyiza byazo bikakugeraho uko bingana.

    • Amapera

    Imbuto n’imboga bikize kuri vitamini C ntibirinda kanseri gusa ahubwo binafite ubushobozi bwo guhangana na virusi, bikaba rero bizwiho by’umwihariko guhangana n’umusonga, indwara y’ibihaha yibasira cyane abana bari munsi y’imyaka 5. Amapera rero akaba akungahaye kuri vitamini C bityo bikaba ari byiza kutabura ipera ku byo kurya.

    • Pome

    Mu gihe izindi mbuto ari nziza mu kurinda umubiri zikoresheje vitamini C izirimo, pome zo zikize ku bisukura umubiri hamwe na fibre. Ubushakashatsi bwerekanye ko kurya pomme bigabanya ibyago byo kurwara indwara z’ubuhumekero, ndetse bavuga ko pome imwe ku munsi yakurinda kujya kwa muganga.

    • Ikinzari

    Mu birungo by’ibinzari habamo ‘curcumin’ kuva kera izwiho kurinda no kuvura kanseri. Uretse ibi kandi binafasha mu kurwanya kubyimbirwa bityo bikarinda asima n’izindi ndwara zibasira ibihaha.

    • Amazi

    Kunywa amazi ni ingenzi kandi ni byiza mu buzima. Icyokora kugira amazi mu bihaha byo ni uburwayi, ariko kuba umubiri ufite amazi ahagije ni byiza kuri byo kuko abifasha gusohora imyanda n’uburozi.


    source : https://ift.tt/3heAVQc

  • Abahagarariye u Rwanda mu mikino Paralempike biyemeje kwegukana umudali i Paris #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu itsinda ry’abakinnyi bari baritabiriye imikino paralempike bakoze ikiganiro n’itangazamakuru, cyari kigamije gusobanura uko ubutumwa bari bagiyemo bwagenze, ndetse n’intego bafite mu mikino iri imbere.

    Bamwe mu bari bahagarariye u Rwanda mu mikino paralempike
    Bamwe mu bari bahagarariye u Rwanda mu mikino paralempike

    Eric Karasira wari uyoboye delegasiyo yatangaje ko bishimiye uko aba bakinnyi bitwaye, aho asanga hari urwego ikipe yari iriho yarenze ugereranyije n’indi mikino paralempike nagiye bitabira mu minsi yashize.

    “Navuga ko abakinnyi bakoze ibishoboka, turebye nk’ikipe ya Sitting Volleyball yaragerageje ugereranyije n’itsinda barimo, kuko amakipe bahuye yarangije mu myanya itanu ya mbere”

    Eric Karasira wari uyoboye delegasiyo
    Eric Karasira wari uyoboye delegasiyo

    Yavuze kandi ko bazakora ibishoboka byose hakaboneka umudali mu mikino izabera i Paris mu mwaka wa 2024, aho avuga kandi ko n’ikipe y’abagabo ifite intego zo kwitabira iyi mikino ndetse ikaba yanitwara neza.

    Kuri Claudine Uwitije wakinaga iyi mikino ku nshuro ya mbere, avuga yishimira uko yitwaye kuko abandi bari kumwe bose byibura bakinnye Imikino paralempike inshuro eshatu.

    Yagize ati “Ni ubwa mbere nari nitabiriye imikino paralempike, nakoresheje imbaraga nari mfite nshaka intsinzi, hari isomo nakuye muri iyi mikino bizatuma hari icyo ndenzaho mu mikino iri imbere ya 2024”

    Uwitije Claudine yavuze ko iyi mikino yakinnye bwa mbere yamusigiye isomo
    Uwitije Claudine yavuze ko iyi mikino yakinnye bwa mbere yamusigiye isomo
    Mukobwankawe Liliane, Kapiteni w
    Mukobwankawe Liliane, Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Sitting Volleyball

    Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Sitting Volleyball Mukobwankawe Liliane, yashimiye NPC Rwanda, Minisiteri ya Siporo, abakinnyi bagenzi be ndetse n’abanyarwanda muri rusange mu buryo babashyigikiyemo.

    Yagize ati “Ntacyo twigeze tubura mu byo twifuzaga, natwe ibyo twasabwaga twagerageje gutanga ibyo dufite, umusaruro twakuyeyo ugaragaza ko n’ibindi tubishoboye kandi tuzitwara neza mu myaka iri imbere.”

    Nsengiyumva Jean Marie Vianney utoza ikipe y’igihugu ya Sitting Volleyball, yavuze ko kugeza ubu bishimira aho ikipe imaze kugera ugereranyije n’uko yari imeze mu myaka yatambutse, avuga ko bihaye intego yo kwegukana umudali byibura bitarenze 2028.

    Yagize ati “Kuva nagera muri Paralempike mu mwaka wa 2012, Ni ubwa mbere tugize imyiteguro myiza hatarimo ibibazo”

    “Nyuma y’imyaka umunani ikipe itangiye, ni ubwa mbere tubonye intsinzi muri iyi mikino, intego twajyanye kwari ukwitwara neza kurusha uko twitwaye i Rio muri Brazil, Los Angeles 2028 hatabayeho izindi ngorane umudali tuzawuzana”

    Nsengiyumva Jean Marie Vianney utoza Ikipe y
    Nsengiyumva Jean Marie Vianney utoza Ikipe y’Igihugu ya Sitting Volleyball

    Muri iyi mikino paralempike yaberaga i Tokyo, u Rwanda rwari ruhagarariwe n’ikipe ya Sitting Volleyball yahavuye itsinze ikipe y’u Buyapani yari yanakiriye iri rushanwa, ari nabwo bwa mbere bari batsinze umukino kuva batangira kwitabira iyi mikino.

    U Rwanda kandi rwari runahagarariwe na Claudine Uwitije mu gutera intosho n’ingasire, aho yabaye uwa 11 mu gutera intosho nyuma yo kuyitera muri metero 5,87, naho mu gutera ingasire, Uwitije Claudine yabaye uwa 10 ayiteye muri metero 19,66.

    Mu gusiganwa ku maguru ho u Rwanda rwari ruhagarariwe na Muvunyi Hermas, aho gusiganwa metero 1500 yaje ku mwanya wa munani, akoresheje iminota ine n’ibice by’amasegonda 46.

    source : https://ift.tt/3A1gkGK

  • Gikondo: Sodoma iracyari Sodoma, abicuruza baracyahari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Sodoma yitiriwe izina ry’Umudugudu bivugwa ko warimbukiyemo abari bawutuye mu gihe cy’uwitwaga Aburahamu uvugwa muri Bibiliya (hashize nk’imyaka 3,500), kubera ibyaha byahakorerwaga birimo ubusambanyi.

    Benshi mu batuye Sodoma ya Gikondo ntabwo babasha kumenya neza igihe hafatiye iryo zina, ariko ngo hamenyekanye cyane kuva mu myaka ya 1970, igihe inganda zari zitangiye kuba nyinshi mu gishanga kiri hagati ya Kimihurura muri Gasabo na Gikondo muri Kicukiro.

    Abatuye muri uwo Mudugudu wa Marembo II bavuga ko abashoferi bakomoka muri za Somaliya, Tanzaniya, Kenya n’ahandi bazanaga amakamyo y’ibicuruzwa muri MAGERWA no mu nganda zahahoze, ari bo ngo batangaga amafaranga ku bagore n’abakobwa batuye muri Sodoma batunzwe no kwicuruza.

    N’ubwo inganda zimutse zikajya gukorera i Masoro muri “Special Economic Zone” ndetse na MAGERWA ikaba itagitanga serivisi nyinshi zijyanye na gasutamo, ntabwo byaciye intege bamwe mu bagore n’abakobwa b’i Sodoma bacuruza imibiri yabo.

    Ugihinguka i Sodoma uhasanga abantu bagiye bicaye mu matsinda ku mabaraza y’inzu, bamwe muri bo bafite inzoga mu ntoki barimo kunywa.

    Uhasanga kandi bamwe mu bagore n’abakobwa bambaye imyenda migufi, abandi bakenyeye ibitenge mu gituza, wareba hepfo no haruguru y’umuhanda ukabona inzu nyinshi zivugwaho kuba amacumbi y’igihe gito(Lodge) n’ubwo bitaba byanditseho.

    Mu itsinda rimwe twahingukiyeho hari uwagize ati “Mbabarira niba ushaka kuntereta ngwino tujye mu rugo wimbaza byinshi…tujye mu rugo se?”

    Mugenzi wabo hepfo y’umuhanda avuga ko umuntu wifuza kuryamana n’umugore cyangwa umukobwa mu gihe cy’akanya gato (bavuga ituru imwe), yishyura amafaranga ibihumbi bitanu (5,000Frw).

    Uwitwa Dusabimana w’umwubatsi watuye i Sodoma mu myaka umunani ishize, avuga ko abenshi mu bicuruza usanga ku manywa biyoberanyije bakajya hanze, abandi bakirirwa baryamye, byagera nijoro bagasohoka bakerekeza mu muhanda ari benshi bakajya kureshya abagabo.

    Dusabimana agira ati “Ku manywa izi ndaya zirirwa ziryamye ubundi zigakora nijoro, mu kanya urabona banyanyagiye barimo kunywa kuzageza ejo mu gitondo”.

    Hirya no hino kandi uhabona ibyokezo by’abotsa inyama (ba mucoma) baba basabwe gutegurira amafunguro abashyitsi basura Sodoma hamwe n’abakobwa cyangwa abagore babakiriye.

    Mucoma witwa Misago avuga ko atanga mushikaki nto ku mafaranga 500Frw, inini akayigurisha amafaranga 1,000frw, ikirayi na cyo kikagurwa amafaranga 200frw.

    Kiosk itangirwamo udukingirizo no gupima ubwandu bwa SIDA

    Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda(RBC) gifatanyije n’umuryango witwa Kigali Hope, bashyizeho utuzu(kiosks) hamwe na hamwe mu Mujyi wa Kigali hatuwe n’abantu bacuruza imibiri yabo, hagatangirwa serivisi z’ubuntu zirimo udukingirizo ndetse no gupima ubwandu bw’agakoko gatera SIDA.

    Uretse Sodoma muri Gikondo, izi ‘kiosks’ ziboneka i Remera mu Giporoso, mu Migina iruhande rwa Sitade Amahoro, mu Gatsata na Nyamirambo, ndetse no mu mijyi y’uturere tumwe na tumwe tw’u Rwanda.

    Umukozi wa Kigali Hope muri Kiosk y’i Sodoma witwa Bahati Hategekimana avuga ko uretse muri ibi bihe by’icyorezo cya Covid-19 we na bagenzi be bakora amasaha yateganyijwe kuva saa mbili za mu gitondo kugeza saa yine z’ijoro, ubusanzwe bajyaga bakora amasaha yose y’umunsi mu minsi yose igize icyumweru.

    Hategekimana agira ati “Impamvu ni uko usanga hano ari ho hakorerwa uburaya cyane, ariko ntabwo ari indaya gusa ziza gutwara udukingirizo cyangwa kwipimisha SIDA. Hano ijoro n’amanywa biba bingana, hari urujya n’uruza rw’abantu benshi barimo n’abanyamahanga, ku munsi nshobora kwakira abantu babarirwa hagati ya 100-300”.

    Bahati avuga ko uretse abaza kumusaba udukingirizo cyangwa kwipimisha SIDA, hari n’abanyuzamo bakaza kumusaba amavuta akoreshwa n’abagabo bakorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bagabo, ariko akabahakanira kuko ntayahari.

    Gucunga umutekano muri Sodoma

    Urujya n’uruza muri ako gace rutuma inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’ibanze babahozaho ijisho kugira ngo bubahirize amabwiriza harimo n’ayo kwirinda icyorezo Covid-19.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gikondo, Suzane Mukasano avuga ko Sodoma itabateye ikibazo gikomeye kurusha ahandi, kuko ngo umuntu wese ugerageje kutubahiriza amategeko n’amabwiriza ya Leta afatwa akabihanirwa.

    source : https://ift.tt/2X5N7vn

  • Barasaba kubakirwa isoko bamaze imyaka isaga umunani basezeranyijwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igishushanyo mbonera cy
    Igishushanyo mbonera cy’iryo soko rya Gikondo

    Bavuga ko mbere y’uko isoko ryabo risenywa nta bibazo bidasanzwe bahuraga na byo mu bucuruzi bwabo nk’ibyo basigaye bahura na byo kuva ryasenywa, kuko aho bakorera hatisanzuye ku buryo hari n’abo byaviriyemo kubura aho bakorera bakaba bahitamo gukorera mu muhanda.

    Isoko basaba kubakirwa ngo rimaze imyaka isaga umunani baryemerewe, kuko barikuwemo muri 2012 babwirwa ko rigiye kubakwa mu mwaka ukurikiraho ariko bakaza gutungurwa n’uko mu myaka yose ishize imvugo yakomeje kuba “rigiye kubakwa umwaka utaha kugeza uyu munsi” bakaba basanga barabarangaranye.

    Amabati azitiye ahazubakwa iryo soko yarashaje bazana amashya
    Amabati azitiye ahazubakwa iryo soko yarashaje bazana amashya

    Umwe mu bacuruzi barikoreragamo mbere y’uko barikurwamo, kuri ubu akaba asigaye akorera hanze hazwi nka marato, wahawe izina rya Habimana, avuga ko mbere bacuruzaga neza bitandukanye n’uko bakora muri iyi minsi, ari na ho ahera asaba ko bakubakirwa isoko bamaze igihe barasezeranyijwe.

    Ati “Barisenya umurenge wayoborwaga na Kaboyi, na Meya Jules Ndamaje, uwasimbuye Meya we nta n’igitekerezo nigeze numva ngo bazaryubakisha, gusa ubu numvishe bavuga ngo Umujyi wa Kigali ari wo uzabikora. Nk’ubu baraje bakuraho amabati ya mbere bashyiraho amashya none reba n’igishushanyo mbonera na cyo cyatangiye gucika, rwose niba ibyo bavuga ari ukuri biyoborwa n’Umujyi wa Kigali turabizi ufite ubushobozi ntabwo wananirwa kubaka iri soko rimeze ritya, tuzi n’ibintu Umujyi wa Kigali ukora, bakwiye kubishyira mu bikorwa kuko n’ibi bimeze nk’amatongo bitagaragara neza”.

    Abakorera mu isoko risigaye rizwi nk’irya Gikondo, bavuga ko uretse kuba nta mafaranga babona bitewe n’uko amasoko yabaye menshi mu mihanda, banabangamirwa n’aho bakorera kuko ari hato.

    Uwitwa Mukandutiye Ati “Kubera ko ari hato, haba harimo ubushyuhe bwinshi cyane, iyo dushatse kumva akayaga bidusaba kujya hanze ku muhanda kandi nabwo bakatubwira ngo nituve ku muhanda ngo turimo gutega abakiriya, kandi ubushyuhe buba bwatubanye bwinshi mo imbere kubera ubuto bwaho”.

    Isoko bacururizamo bavuga ko ribabangamiye kuko ari rito batabona umwuka uhagije
    Isoko bacururizamo bavuga ko ribabangamiye kuko ari rito batabona umwuka uhagije

    Mu gushaka kumenya icyo ubuyobozi buteganyiriza abakorera mu isoko rya Gikondo, Kigali Today yagerageje kuvugana n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, maze asubiza muri aya magambo.

    Ati “Wavugana na DG Solange w’Umujyi wa Kigali kuko ari ho isoko ryatangiwe, ari na bo batanze icyangombwa cyo kubaka arakubwira, baheruka gukorana inama na rwiyemezamirimo araguha amakuru arenze ayo mfite”.

    Kigali Today yagerageze kuvugana n’umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali, Marie Solange Muhirwa, na we asubiza ko bataramenya igiye uwatsindiye kuryubaka azatangirira.

    Ati “Isoko rya Gikondo rero hari rwiyemezamirimo wariguze ufite kompanyi yitwa Landmark, yabonye icyangombwa cyo kubaka ahubwo ikintu nakora n’ukumubaza igihe azatangira kubaka, kuko ubu nta n’amakuru y’igihe azatangirira wenda ngo mbe nababwira”.

    Hari abakorera hanze kubera kubura umwanya mu isoko rihari
    Hari abakorera hanze kubera kubura umwanya mu isoko rihari

    Amakuru agera kuri Kigali Today avuga ko rwiyemezamirimo witwa Mudenge Kayumba yahawe ibyangombwa byo kubaka umwaka ushize, akaba yaragombaga guhita atangira akimara kubibona.

    Mu gihe kirenga icyumweru twagerageje guhamagara uwo rwiyemezamirimo wahawe isoko, tugasanga nimero ye itari ku murongo.


    source : https://ift.tt/2Vq0iH8

  • CEDEAO yahagaritse Guinea muri uwo muryango bitewe n’abahiritse ubutegetsi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri Guinea ubutegetsi buri mu maboko y
    Muri Guinea ubutegetsi buri mu maboko y’abasirikare baherutse gukuraho Perezida wari uriho

    CEDEAO yemeje ko yamaganye itizigamye impinduka iyo ari yo yose yashingira ku buryo budakurikije itegeko nshinga ndetse ko inenze cyane abahiritse ubutegetsi.

    Guinea yahagaritswe muri uyu muryango CEDEAO, ariko hirindwa gushyiraho ibihano bishingiye ku bukungu nko guhagarika ubuhahirine hagati y’ibindi bihugu no gufunga imipaka. CEDEAO kandi ntiyigeze ibuza abakoze iyi kudeta gukora ingendo hanze y’Igihugu.

    Mu gihe ibintu bitarasobanuka muri Guinea, CEDEAO yihutiye kandi koherezayo itsinda kuri uyu wa kane rijya kubonana n’abayoboye iki gihugu nyuma yo guhirika ubutegetsi.

    Icy’ibanze iri tsinda rishyize imbere mu biri buganirweho, ni irekurwa mu buryo bwihuse kandi budasubirwaho rya Perezida Alpha Konde wahiritswe agatabwa muri yombi n’abasirikare b’umutwe wihariye.

    Icyakora i Conakry mu murwa mukuru ho nta cyo baravuga ku byemezo byafatiwe muri iyi nama, ariko Abdoulaye Oumou Sow, ushinzwe itangazamakuru mu mutwe w’ingabo zishinzwe kurinda itegeko nshinga yavuze ko atatunguwe n’ibyemezo bya CEDEAO, avuga ko ababajwe cyane n’uko ntacyo yakoze mbere y’uko habaho ihirikwa ry’ubutegetsi.


    source : https://ift.tt/38SI84c

  • Amikoro make mu bituma Abanyarwanda batitabira cyane ubukerarugendo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imparage ni zimwe mu nyamaswa abasuye pariki y
    Imparage ni zimwe mu nyamaswa abasuye pariki y’Akagera badashobora kuvayo batabonye

    Abaganiriye na Kigali Today bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bavuga ko ibikorwa by’ubukerarugendo babikunda kandi bifuza kugera ahantu hari ibyiza nyaburanga, ariko ngo akenshi usanga bihenze akaba ari yo mpamvu bahitamo kuvuga ko ari iby’abanyamahanga.

    Muteteri Doreen wo mu Karere ka Kicukiro, avuga ko usanga ibikorwa by’ubukerarungendo bihenze bigatuma bumva ko ari iby’abafite ubushobozi.

    Ati “Ntakubeshye kujyayo byamfasha, kubireba byananshimisha ariko hari ubwo utekereza imibare ikaba myinshi ukavuga uti amafaranga yo kureba ingagi, ugahita uyabaramo ibindi ukabona ntabwo byakunda. Gusa si ukuvuga ko umuntu atajya kubireba kubera ko atabikunze ariko nkubwije ukuri nkanjye sinabishobora”.

    Ndayambaje Emmanuel wo mu Karere ka Nyarugenge, n’ubwo urebesheje ijisho ubona ko nta kibazo cy’amikoro afite ariko avuga ko we yumva ibintu byo gusura ahantu nyaburanga atabishobora kuko bihenze.

    Ati “Ubu icyo ndangamiyeho n’icyanteza imbere nta kindi, gusura ahantu nyaburanga birahenze ku buryo ntabyigondera”.

    Mutabaruka Moses, umuyobozi wa Kalisimbi Safaris, avuga ko na bo bamenye ko kuba Abanyarwanda batitabira ibikorwa by’ubukerarugendo babiterwa no kutagira amikoro ahagije, ariko ngo bafite uburyo babashyiriyeho bushobora kubafasha.

    Ati “Twavuganye nabo batubwira ko bihenze, ariko twazanye uburyo abantu bashobora kwishyira hamwe bakaba basangira ikiguzi cy’ubwo bukerarugendo, kuko twabonye ko babikunze ariko ugasanga amikoro yabaye ikibazo. Twabakoreye icyo bita ‘group tour’, aho abantu basangira ikiguzi cy’urugendo tukabatwarira hamwe, turabona bitanga umusaruro abantu benshi barimo kutwandikira batubwira ko babyishimiye”.

    Iyi gahunda yiswe ‘Domestic Tour’ ngo igiye kumara amezi abiri itangiye, aho abantu batemberezwa muri parike y’Akagera ndetse no muri Nyungwe ku kiguzi cy’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 49 akubiyemo ikiguzi cya byose bisabwa muri urwo rugendo.

    Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB), mu ishami ryabo rishinzwe ubukerarugendo, bavuga ko mu gihe bakomeje gushishikariza abanyamahanga kuza gusura ibyiza by’ u Rwanda, imbaraga nyinshi zinashyirwa mu Banyarwanda n’abarutuye.

    Mu mwaka wa 2016 hatangiye ubukangurambaga bwimbitse binyuze muri gahunda ya Tembera u Rwanda, yaje gutanga umusaruro kuko mu myaka itatu itangijwe 66% by’abasuye ibyiza bitatse u Rwanda bari Abanyarwanda n’abarutuye basuye cyane Parike y’Akagera.

    Intare na zo ziraboneka muri parike y
    Intare na zo ziraboneka muri parike y’Akagera

    RDB kandi ivuga ko ikomeje gukorana bya hafi n’abafatanyabikorwa bayo kugira ngo bakomeze korohereza Abanyarwanda bashaka gukora ubukerarugendo, byatumye umubare uzamuka cyane muri bino bihe bya Covid-19, bitewe n’igabanuka ry’ibiciro bashyiriweho ku bashaka gusura parike y’Ibirunga basabwa kwishyura gusa amadorari 200 ugereranyije na 1500 Abanyamahanga bishyura.

    Ubukerarugendo bwakozwe n’abatuye imbere mu gihugu bwageze kuri 78% muri 2020, mu gihe guhera muri Mutarama kugera muri Nyakanga 2021 bwageze kuri 87%.

    Ubwo bukerarugendo bwakozwe n’abatuye imbere mu gihugu bangana na 8.170 basuye parike z’igihugu, bukaba bwarinjije Amadorari ya America 295.639.


    source : https://ift.tt/2VqvHt1

  • Platini yiseguye ku banenze ko yashyize hanze indirimbo yakoranye na Jay Polly #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Platini yari ategereje ko Jay Polly ava muri gereza bagakora amashusho y
    Platini yari ategereje ko Jay Polly ava muri gereza bagakora amashusho y’indirimbo bise ‘Somaho’

    Bamwe mu bamunenze bavuze ko atari igihe cyiza cyo gusohora indirimbo yakoranye na Jay Polly mu gihe abantu bakiri mu marira byongeye igasohoka yamamaza inzoga kandi bivugwa ko ari na yo yazize.

    Umwe yagize ati “Biteye agahinda ku muhanzi nka Platini utinyuka gushinyagura mu bihe nk’ibi, agatinyuka agasohora indirimbo ngo arye Hit yisunze urupfu rwa mugenzi we Jay, biranavugwa ko atanagiye kumushyingura ibi si byo rwose”.

    Nyuma yo gukuraho iyo ndirimbo kuri YouTube, umuhanzi Platini abicishije mu kiganiro yatanze ku Isimbi TV yasabye imbabazi avuga ko Jay Polly yari inshuti ye magara ku buryo adashobora kumushinyagurira.

    Yagize ati “Ntabwo byabaho ko nshinyagurira inshuti yanjye, mumbabarire ntabwo nari ngamije kurya Hit, abantutse cyane ni uko bari bababaye, sinzi uko byaducitse gusa I’m very sorry”.

    Platini yavuze ko Jay Polly yari inshuti ye magara kandi ko bari bamaranye igihe ndetse indirimbo Somaho yamamazaga inzoga bari bategereje ko ava muri gereza ngo bakore amashusho.

    Akaba yavuze ko akomeje gushengurwa n’urupfu rw’umuhanzi nka Jay Polly wari ukunzwe na benshi kandi akagenda akiri muto agifite byinshi yari atarakora.

    Indirimbo ‘Somaho’ n’ubwo hari abanenze igihe yasohokeye, hari abandi benshi bagaragaje ko bayikunze ikimara gusohoka, ikaba yiyongereye ku zindi aba bahanzi bagiye bakorana harimo nk’iyitwa ‘Mumutashye’ na yo yakunzwe n’abatari bake.

    Umva indirimbo ‘Somaho’ ya Platini P na Jay Polly

    source : https://ift.tt/3yQZpoV