Tag: featured

  • Indirimbo ‘Dina’ ya Nyakabwa Lucien yayihimbiye umukobwa yakundaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyakabwa Lucien
    Nyakabwa Lucien

    Umukobwa we Umuhire Martine avuga ko yababajwe cyane no kuba hari umuhanzi wasubiyemo ‘Rubunda ku mazi’ atabisabiye uruhushya, yarangiza ntanandikeho ko ari iya Nyakabwa yasubiyemo.

    Undi wabikoze ariko byibuze akandikaho ko ari iya Nyakabwa yasubiyemo, ni Byumvuhore Jean Baptiste wasubiyemo iyitwa ‘Ihogoza’.

    Indirimbo za Nyakabwa Lucien ahanini zibandaga ku bintu byabayeho, urugero nk’iyitwa Dina, Umuhire Martine avuga ko yayihimbiye umukobwa bakundanaga akaza gushakwa n’umuzungu.

    Kurikira ikiganiro cya Umuhire Martine avuga amateka ya se Nyakabwa Lucien umenye n’inkomoko y’izina Nyakabwa:

    source : https://ift.tt/3CeKsiy

  • Ikibazo cy’abashyirirwaga amafaranga atuzuye ku makarita y’ingendo cyabonewe umuti #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyi mashini ni yo izajya ifasha umugenzi kurebe niba amafaranga bamushyiriye ki ikarita yuzuye
    Iyi mashini ni yo izajya ifasha umugenzi kurebe niba amafaranga bamushyiriye ki ikarita yuzuye

    Iyo gahunda yatangirijwe muri gare ya Nyabugogo ndetse n’iyo mu Mujyi rwagati izwi nka Down town, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nzeri 2021, ngo ikazakemura bimwe mu bibazo byakundaga kugaragara hagati y’abagenzi n’abashinzwe kubashyirira amafaranga ku makarita y’urugendo (agents), aho hari abagenzi wasangaga bavuga ko amafaranga batanga atariyo bashyirirwa kw’ikarita y’urugendo kuko hari aho bayabiba bakabashyiriraho macye ugereranyije n’ayo batanze.

    Mu rwego rwo gukemura icyo kibazo, hashyizweho imashini umuturage azajya akozaho ikarita ye nyuma y’uko amaze gushyirirwaho amafaranga, kugira ngo arebe koko ko ayo yatanze ari yo bamushyiriyeho.

    Iranzi Tiran, warimo kwifashisha imashini bashyiriweho kugira ngo arebe ko amafaranga yatanze ari yo ashyiriweho, avuga ko igiye kubakemurira ibibazo bakundaga guhura na byo.

    Ati “Hari igihe bashyiragaho amafaranga ugasanga atuzuye, ariko ubu iyo ushyizeho amafaranga uraza ugakozaho ukareba ko byuzuye, kuko ubwa mbere waragendaga ugasanga atariho ukaba wagaruka ukaba urimo gutinda, ariko aha ukozaho ukareba niba ayo wamuhaye ari yo ariho, ntabwo wagaruka rero”.

    Mugenzi we witwa Gasangwa Jean de Dieu ati “Iki cyuma impamvu kizadufasha ni uko ubanza kureba ko amafaranga badushyiriyeho ari yo twatanze, kuko mbere batayadushyiriragaho wajya ku modoka ugasanga ntayariho. Ndashimira RURA kuba yaratuzaniye kino cyuma cyo kureba amafaranga ari ku ikarita”.

    Umuyobozi ushinzwe ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu (Transport) muri RURA, Anthony Kulamba, avuga ko nyuma yo kugezwaho ibibazo n’abaturage ko bashYira amafaranga ku ikarita bagasanga atuzuye, byatumye baganira na AC Group kugira ngo ikibazo gishakirwe ibisubizo, ku buryo icyo kibazo kitazongera kubaho ukundi.

    Ati “Iyi gahunda igiye gukemura ibibazo, kuko iraca akavuyo k’abakorezaho abandi, abakarasi ni bo tuvuga. Icya kabiri, irafasha umugenzi niba ashyizeho amafaranga kureba niba koko ari yo bamushyiriyeho, ni cyo cy’ingenzi ubu butumwa buri bukemure”.

    Johns Kizihira umukozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) muri AC Group, asaba abantu gucika ku ngenso yo gukoresha amafaranga mu ntoki bayishyura abashoferi, ahubwo bakimenyereza gukoresha ikarita kuko mu minsi ya vuba umuntu azaba ashobora kuyikoreraho n’izindi gahunda.

    Ati “Hari gahunda yo kugira ngo duhuze ikarita n’umuntu ku giti cye, mu minsi iri imbere aya makarita ashobora kuzakoreshwa mu bintu byinshi birenze iby’amabisi, uzashobora kuyikoresha kuri moto, unashobore kuyihahisha, muri serivisi za banki. Kugira ngo ibi binozwe neza bizasaba ko buri karita iba ihujwe n’indangamuntu ya nyirayo, ibi bizoroha no kumenya niba ari iyawe koko uvuze ko wayitaye cyangwa bayikwibye, tubifite muri gahunda ko birangirana nuyu mwaka”.

    Abaturage basabwa kujya basoma ubutumwa bwose bwabagenewe bushyirwa ku modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, kugira ngo barusheho kumenya gahunda ziba zabateganyirizwe.


    source : https://ift.tt/3hv9Ybl

  • Barashima ibikorwa bya World Vision byabagejeje ku iterambere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Barashima ibikorwa bya World Vision byabagejeje ku iterambere
    Barashima ibikorwa bya World Vision byabagejeje ku iterambere

    Mu bikorwa uwo Muryango Mpuzamahanga w’Ihuriro ry’abakirisitu ukora by’iterambere bishingiye ku bana n’ubuvugizi ku batishoboye, umaze imyaka 15 ukorera mu Murenge wa Nyankenke wo mu Karere ka Gicumbi no Murenge wa Kisaro muri Rulindo, nk’uduce bivugwa ko twari twarasigaye inyuma mu majyambere, byatumye kugeza ubu muri utwo duce hafatwa nk’isoko y’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.

    Byagaragarijwe n’abaturage mu muhango wo gusoza ibikorwa bya World Vision muri utwo duce, wabaye ku wa Kabiri tariki 14 Nzeri 2021, umuhango witabiriwe n’abakozi banyuranye ba b’uwo muryango, abahagarariye abanyeshuri bafashijwe na wo, abahagarariye abaturage, abayobozi banyuranye muri iyo mirenge n’abafatanyabikorwa.

    Wari n’umwanya wo kumurika ibyagezweho no kwibutsa abaturage ko bagomba kubisigasira kandi baharanira gukomeza kwishakamo ibisubizo, bakura amaboko mu mufuka biteza imbere, ariko bagendeye ku byiza bagejejweho n’uwo mushinga banabibyaza umusaruro.

    Ibyishimo byari byose ku bagenerwabikorwa
    Ibyishimo byari byose ku bagenerwabikorwa

    Mu bavuze mu izina ry’abaturage n’abana bafashijwe na World Vision, bose bishimiye aho uwo muryango wabakuye n’aho ubagejeje mu myaka 15 ishize.

    Habarurema Phocas wo mu Murenge wa Nyankenke ati “World Vision yasanze abaturage hano dufite imyumvire iciriritse, ntawe wari uzi akamaro ko kwiga, nta bwo twari dusobanukiwe n’ibijyanye n’isuku n’isukura. Ndabyibuka muri 2007, hari igihe twagiye mu mahugurwa twese tujyayo twambaye ibirenge, World Vision ibyitegereje isanga hakwiye kuba impinduka zidasanzwe muri uyu murenge, ako kanya twese batwemerera inkweto, dusubiye mu mahugurwa tugenda twarimbye”.

    Uwo mugabo avuga ko World Vision yakomeje kubagezaho ibikorwaremezo batari bafite birimo amazi, amavuriro, ndetse izamura n’urwego rw’uburezi aho bubakiwe amashuri abana bari baraheze mu rugo batiga bajyanwa ku ishuri, bahabwa n’ibyangombwa byose birimo n’ibikoresho by’ishuri, abenshi bishyurirwa minerivali kugeza no ku rwego rwa Kaminuza.

    Frank Muhwezi, umukozi ushinzwe gukurikirana ibikorwa by
    Frank Muhwezi, umukozi ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’iterambere bya World Vision

    Ngo bafashijwe no kurengera ibidukikije, aho bahawe za Rondereza, ariko bashimishwa cyane na gahunda yo kurwanya nyakatsi, yari yugarije ako gace nk’uko Habarurema akomeza abivuga.

    Ati “Ikirenze ibindi World Vision yadukoreye tutazigera twibagirwa, ni aho muri uyu murenge wacu abenshi twanyagirwaga, inzu zari nyakatsi gusa, ariko World Vision yafashije Leta yacu kurwanya Nyakatsi, uru rwererane rw’inzu z’amabati mubona, 80% twayahawe n’uyu muryango. Turabashimira mwadukuye mu nzu z’ibishorobwa, abana nta makaye bagiraga mazima kubera kunyagirirwa muri Nyakatsi”.

    Uretse ibyo bavuze, kandi ngo uwo muryango wafashije abaturage kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi no kugwingira ibubakira amarerero, ubu umubare munini w’abana bari mu mutuku bakaba barakize.

    Ni umuhango witabiriwe n
    Ni umuhango witabiriwe n’abantu mu nzego zinyuranye barimo abayobozi, ababyeyi n’abana bafashijwe kwiga

    Habarurema yunganiwe n’umunyeshuri witwa Ndikubwayo Thierry wavuze mu izina rya bagenzi be 3,580 bafashijwe kwiga na World Vision muri ako gace, yemeza ko uretse kubegereza ibyumba by’amashuri n’ubwiherero, ngo ubu bamaze kumenya akamaro ko kwiga ndetse barabikunda, nyuma yo kwiga badakoze ingendo ndende kubera ubwiyongere bw’ibyumba by’amashuri, ndetse bakaba barahawe n’ibyangombwa byose nkenerwa mu kwiga.

    Ati “Nkanjye sinari nzi ko nziga kubera amikoro make, ariko World Vision yampaye ibyangombwa byose by’ishuri, bifasha umuryango wanjye kubona amafaranga y’ishuri, ubu ndangije ayisumbuye mu bukanishi bw’imodoka”.

    Uwo munyeshuri avuga kandi ko kwiga byaboroheye nyuma yuko uwo muryango ubegereje amavomero, ubaha n’ibigega bifata amazi mu ngo, aho nta mpamvu n’imwe iriho yatuma umwana asiba ishuri, avuga kandi ko bashyiriweho na gahunda yiswe “Iziko”, aho ababyeyi bahurira bakiga gutegura indyo yuzuye.

    Ibyo bikaba byararwanyije bwaki muri ako gace, aho kandi bafashije n’urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge no gutwara inda z’imburagiye, mu bukangurambaga bwagiye butegurwa n’uwo muryango.

    Ifoto y
    Ifoto y’urwibutso ya World Vision n’abayobozi mu Murenge wa Nyankenke

    Ubwo buhamya bw’abaturage mu iterambere ryabo binyuze mu bikorwa by’uwo muryango, byanyuze Frank Muhwezi, Umukozi ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’iterambere bya World Vision, wari witabiriye uwo muhango.

    Avuga ko n’ubwo uwo muryango usoje ibikorwa byawo muri iyo mirenge ya Nyankenke na Kisaro, udasoje ibikorwa byawo mu Rwanda, aho ugiye mu tundi turere kuzamura imibereho myiza n’iterambere ry’abaturage, abasaba gusigasira ibyo bikorwa mu rwego rwo kurushaho kubibyaza umusaruro bikabatunga.

    Yagarutse ku butumwa bw’uhagarariye World Vision mu Rwanda ati “Umuyobozi mukuru wa World Vision yantumwe ko tubashimira duhereye ku buyobozi bukuru bw’igihugu cyacu, cyane cyane Perezida Paul Kagame kuko iyi mirongo yose ngenderwaho y’iterambere ry’igihugu riva ku buyobozi bwiza. Turashimira ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi aho mu turere 28 dukoreramo, Gicumbi yaranzwe n’imikoranire myiza, mu gihe hari aho imiryango myinshi iza gukorera ubuyobozi bukayinaniza igasoza imburagihe”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w
    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyankenke, Jolie Béâtrice

    Yavuze ko mu myaka 15 bamaze bakorera mu Karere ka Gicumbi, batigeze bahura n’imbogamizi zibabuza kunoza imikorere, n’ubwo ibikorwa hafi ya byose bahakoreye byabasabaga imbaraga nyinshi n’ukwihangana kubera ko ari agace k’imisozi, kugeza amazi ku baturage bigasaba akazi kenshi.

    Yibukije urubyiruko rwafashijwe kwiga na World Vision, kugira umutima wo kuzafasha barumuna babo, abasaba gusigasira ibyagezweho banabyaza umusaruro amahirwe bashyiriweho yo kwiga amasomo anyuranye arimo n’ay’ubumenyingiro, bityo bakazagira icyo bamarira barumuna babo, imiryango yabo n’igihugu muri rusange.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyankenke, Jolie Béâtrice, na we yashimangiye uruhare rw’Umuryango wa World Vision mu iterambere ry’igihugu, by’umwihariko mu Murenge wa Kisaro na Nyankenke.

    Agira ati “World Vision yaduteje intambwe ikomeye mu bice byinshi, cyane cyane mu isuku n’isukura byari byaradindiye mbere y’uko uwo muryango ugera muri aka gace, izamura n’urwego rw’ubukungu aho watoje abaturage kuzigama, korozanya n’ibindi. Mu burezi bubaka ibyumba by’amashuri, ubwiherero, ubukarabiro, icyumba cy’umukobwa n’ibindi, mu buvuzi bavugurura Ikigo nderabuzima cya Kigogo, bubaka n’ivuriro rito batanga n’ibikoresho, aho ryatangiye gutanga serivisi ku baturage”.

    Umwe mu bana bafashijwe na World Vision mu kwiga afite intumbero zo gufasha barumuna be
    Umwe mu bana bafashijwe na World Vision mu kwiga afite intumbero zo gufasha barumuna be

    Uwo muyobozi avuga ko kuba uwo muryango ubasezeyeho bidateye imbogamizi, kuko abaturage bateguwe bagendera mu murongo wo guharanira kwifasha, iyo ntangiriro bahawe ikaba izabafasha kwigira.

    Ati “Burya iyo umwana umwonkeje, amashereka araryoha ariko iyo udafashe icyemezo ngo umukure ku ibere acuke, yakomeza konka akarenza na cya gihe agomba gucukirizwaho ibyo bikadindiza ibindi byakabaye bikorwa amaze gucuka. Natwe rero turumva dukomeye ntabwo twakwifuza gukomeza konka kandi hakiri abandi babikeneye cyane, ingufu twakuye muri uko konka zigeze ahashimishije, dushoboye kuzikoresha twagera kuri byinshi ariko tukareka n’abatarazibona kubasanga”.

    Uretse imirenge ya Nyankenke na Kisaro yamaze gucutswa na World Vision, hari indi na yo yacukijwe muri 2017 ari yo Rushaki, Kaniga, Shangasha na Mukarange, mu gihe ibikorwa by’uwo muryango bikomereje mu Mirenge ya Kageyo na Rutare.


    source : https://ift.tt/3AfIMob

  • Kwigirira icyizere byatumye abagore bigeza ku iterambere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagore bafashwa na Rwanda Women
    Abagore bafashwa na Rwanda Women’s Network bemeza ko amatsinda yatumye bigirira icyizere baritinyuka

    Abagore n’abakobwa bakorana n’umuryango Rwanda Women’s Network, bemeza ko bafashijwe kurenga izo mbogamizi nyuma yo gukurikiranirwa hafi, no gufashwa kugera aho abandi bari, bibafungurira amarembo yo kwitinyuka babasha kwiteza imbere.

    Vuguziga Alice ni umukobwa uvuka mu Karere ka Rwamagana, Yacikirije ishuri kubera ibibazo byo mu muryango ndetse ahura n’ikibazo cyo guterwa inda akiri muto, atangira ubuzima bugoye bwatumaga adashobora kwigirira icyizere”.

    Aganira na Kigali Today, Mukansonera Consolée utuye mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera, yatangaje ko kwihuriza hamwe mu itsinda na bagenzi be b’abagore uko ari 20, byabafashije kwitinyuka, bigeza ku bikorwa byinshi.

    Yagize ati “Mbere twari abagore bahugiraga mu guhinga imyumbati n’ibishyimbo, twitinya ntitugere aho abandi bari. Nyuma yo kwitabira amatsinda no kuba bamwe mu bayagize twarigishijwe, tugera no ku rwego rwo kuba abafashamyumvire mu kurwanya ihohoterwa no guhumuriza, tugarurira icyizere abahuye naryo. Hirya y’ibyo twanigishijwe uko twakwihangira imirimo binyuze mu gukora amarangi yo gusiga ku nzu, ubu tubona ibiraka aho usanga nibura nko mu kwezi buri wese atabura nk’amafaranga ari hagati y’ibihumbi 70 cyangwa 80”.

    Mukansonera avuga ko abandi bagore bacyitinya bakeneye gufashwa, ati “Ubu turishimye kuko tuzi aho twavuye, ariko hari abandi bakeneye gufashwa, kuko umugore wateye imbere n’urugo rutera imbere”.

    Bagirinka Venantia utuye mu Karere ka Rwamagana, avuga ko ibikorwa byo kwigisha umugore kwigirira icyizere, bimufasha gutandukana no gusabiriza umugabo, bitewe n’uko na we ubwe aba yakoze, akagira uruhare mu gukemura ibibazo byo mu rugo, bityo n’imibanire hagati yabo ikarushaho kuba myiza.

    Ati “Iyo umugore atinyutse agakora byorohereza umugabo, umugore agatandukana no gusaba umugabo buri gihe, bituma bajya inama ndetse n’imibanire myiza igashinga imizi mu rugo rwabo”.

    Umuryango Rwanda Women’s Network, ubinyujije mu mushinga witwa “Icyerekezo”, bafashije abagore bakorera mu turere twa Rubavu, Musanze, Bugesera, Rwamagana na Kayonza. Babashyize mu matsinda yitwa ‘Urubuga’ bahuriramo, bakigishwa gukumira ihohoterwa, gufasha uwahuye na ryo, ariko bakagira n’ibindi bikorwa byo kwiteza imbere babinyujije muri ayo matsinda.

    Abagore bahamagarirwa gukomera ku ntego yo kurwanya ihohoterwa no kwitabira ibikorwa bibateza imbere
    Abagore bahamagarirwa gukomera ku ntego yo kurwanya ihohoterwa no kwitabira ibikorwa bibateza imbere

    Mutoniwase Gisèle, umukozi wa Rwanda Women’s Network, ndetse akaba yarakurikiranye umushinga Icyerekezo, avuga ko abo bagore ibikorwa byabo bigira umusaruro.

    Agira ati “Iyo turebye aho batuye, ubuyobozi butubwira ko ibikorwa by’ihohoterwa byagabanutse, kandi n’abagore bari mu matsinda na bo biteza imbere babinyujije ku bumenyi butandukanye bunguka. N’ubwo ntakubwira ngo ryagabanutse ku kigero kingana iki, kubera ko haba hari n’ibindi bikorwa bitandukanye byakozwe n’abandi bafatanyabikorwa byo kurwanya ihohoterwa. Urugero ni nk’aho mu Mirenge ya Munyiginya na Gishari muri Kayonza, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryagabanutse rikava ku ngo 80 ubu hakaba hasigaye ingo 10”.

    Arongera ati “Urumva ko urwo aba ari urugero rufatika rw’uko kurwanya ihohoterwa bishoboka abantu bashyize hamwe”.

    Mutoniwase agaragaza ko nk’abagore bo mu Murenge wa Kanama muri Rubavu bakora ibikorwa byo kuboha imyenda no gukora imitako, aba Bugesera bashoboye gukora amarangi n’amasabune, mu gihe muri Rwamagana bakora inkweto n’ubworozi bw’amatungo magufi.


    source : https://ift.tt/3k9g7f4

  • Umurundikazi yaciye agahigo ku rwego rw’Isi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Francine Niyonsaba
    Francine Niyonsaba

    Genzebe Dibaba wo muri Ehiopia ni we wari ufite aka gahigo kuko yari yakoresheje iminota 5 n’amasegonda 23, guhera 2017 ni we wari uri imbere mu birukanka metero 2000.

    Abarundi ku mbuga nkoranyambaga bakomeje gushima uyu mukobwa wesheje umuhigo udasanzwe bamubwira ko bamushyigikiye kandi ko bakozwe ku mutima n’ibyo yakoze.

    Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye na we yashimiye Francine Niyonsaba amusabira imigisha ku Mana kubera ishema akomeje guhesha u Burundi.

    Yagize ati “Ku izina ry’Abarundi no ku izina ryanjye ndakeje umwigeme Francine Niyonsaba kw’iteka ridasanzwe amaze iminsi atera u Burundi. Imana ibandanye imuhezagira agume atera imbere nk’umuzinga”.

    Umugore wa Perezida w’u Burundi na we yahise yerekana amarangamutima atewe no kuba uyu mukobwa yesheje umuhigo, avuga ko biteye ishema buri munyagihugu wese kandi ko yishimiye ko umwana w‘u Burundi yesheje umuhigo.

    Boris Hanzekovic Memorial i irushanwa rikomeye ritegurwa n’ishyirahamwe ryo gusiganwa ku maguru ku rwego rw’isi, rikaba ribera mu gihugu cya Croatia. Ryatangiye mu mwaka wa 1951 mu kwibuka Boris Hanzekovic wamamaye mu gusiganwa ku maguru.

    Abantu benshi batandukanye bakaba bakomeje kumusabira ko yahabwa ishimwe ridasanzwe kubera ibyo yakoze mu rwego mpuzamahanga.

    source : https://ift.tt/3tIaqrp

  • Musanze: Ingo 300 zavuye mu makimbirane ziteza imbere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imiryango yahuguwe yiganjemo iyabagaho mu makimbirane
    Imiryango yahuguwe yiganjemo iyabagaho mu makimbirane

    Birasa n’ibyabaye ku ngo zigera kuri 300, zimaze umwaka zitozwa na Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri kugira indangagaciro nziza zibereye umuryango, zikenewe mu kubaka imiryango itekanye.

    Ni umushinga wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, ibinyujije mu kanama kayo gashinzwe umuryango, ahatojwe urubyiruko n’abashakanye, mu rwego rwo kurushaho kumva indangagaciro z’umuryango hagamijwe kubaka umuryango utekanye. Abenshi bagaragaza uburyo izo nyigisho zabahinduye, ingo zabo zikaba zitekanye nyuma y’uko zari zarasenyutse.

    Byagarutsweho mu nama yo kwerekana ibyagezweho n’uwo mushinga wo gutoza urubyiruko n’abashakanye indangagaciro z’umuryango, inama yabaye ku wa gatanu tariki 10 Nzeri 2021, mu karere ka Musanze, ihuza inzego zinyuranye zifite mu nshingano umuryango mu turere dutatu two mu Ntara y’Amajyaruguru.

    Ni ikiganiro cyitabiriwe n
    Ni ikiganiro cyitabiriwe n’abayobozi banyuranye mu nzego za Leta n’iza Kiliziya

    Uwo mushinga wakorewe mu mirenge itanu igize utwo turere, ari yo Busengo na Kamubuga yo mu karere ka Gakenke, Rwaza mu karere ka Musanze, Kivuye na Rwerere yo mu karere ka Burera, aho yitabiriwe n’urubyiruko rugera mu 100 n’ingo 300, zirimo izugarijwe n’amakimbirane zatoranyijwe na ba Gitifu b’imirenge ku ruhande rwa Leta, n’izindi zatoranyijwe n’inzego zinyuranye za Kiliziya muri Diyosezi ya Ruhengeri, ihuzwa n’imiryango yagerageje kwiyubaka, hagamijwe kwigisha iyo miryango ifite ibibazo binyuranye.

    Padiri Achille Bawe, Umuyobozi w’Akanama ka Diyosezi ya Ruhengeri gashinzwe Umuryango, yavuze ko inshingano z’ako kanama ari uguhugura ingo z’abashakanye n’urubyiruko rwitegura gushinga ingo, batozwa indangagaciro zikwiye kuranga umuryango hashingiwe ku ijambo ry’Imana no ku nyigisho za Leta binyuze muri MIGEPROF.

    Padiri Bawe yavuze ko uwo mushinga wa Kiliziya Gatolika Diyosezi ya Ruhengeri, yatewemo inkunga n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), n’Ikigo cya UN gishinzwe iterambere, avuga ko bateguye icyo gikorwa mu gihe babonaga ko imiryango ikomeje gusenyuka, bategura uwo mushinga hagamijwe kubaka imiryango y’icyitegererezo ibera abandi urugero, yemeza ko uwo mushinga watanze umusaruro ufatika.

    Ati “Umusaruro turi kubonamo ni ibyishimo by’abashakanye bari baratandukanye, kandi natwe biratunejeje, iyo wakoze ubwo butumwa ukabona umugabo n’umugore bari bafitanye amakimbirane bishimye, ukabona umugabo n’umugore barasetse baritana ba Sheri, barafatanya imirimo mu rugo, ibyo byishimo ni wo musaruro wa mbere twabonye”.

    Arongera ati “Icya kabiri ni iterambere biri kubazanira, hari ingo nyinshi zasigaye inyuma mu majyambere bitewe n’uko umugabo n’umugore batajyaga inama, ntibafatanye uturimo kugira ngo bakore imishinga mu ngo zabo, ayo makimbirane arabasenyera n’utwo bari bafite turashira, ariko ayo makimbirane iyo abashije gushira hakaza ubwumvikane, gahunda z’urugo bakazikorera hamwe bakagira imihigo, iterambere riragaruka”.

    Bamwe mu bakozi b
    Bamwe mu bakozi b’uturere n’imirenge bafite mu nshingano umuryango bari bitabiriye iyo nama

    Imiryango yaganiriye na Kigali Today, yabanaga mu makimbirane, yakunze kumvikana mu mvugo igira iti “Abari ba Sauli twahindutse ba Paulo”, bishimira inyigisho bahawe zabateye guca ukubiri n’amakimbirane.

    Baganizi Potien wo mu Murenge wa Busengo, avuga ko nyuma yo guta umugore we akajya mu nshoreke ngo atigeze abaho neza muri izo ngeso mbi, ariko aho aboneye inyigisho yagarutse mu rugo rwe, asaba umugore imbabazi, ngo ubu urugo rwabo ruratekanye.

    Ati “Nashakanye na Florentine Dusabeyezu dukundanye, tumaranye imyaka icumi nza kumuca inyuma ndanamuta njya ku nshoreke, tugahora duteragurana amagambo tugera no mu nkiko”.

    Arongera ati “Aho Abapadiri batangiye kutwigisha, natangiye kumva ko nahemutse, rimwe umugore wanjye twahurira mu nyigisho ngashaka ko twicarana ariko nkabura aho muhera, nibwo umunsi umwe nishyizemo akanyabugabo musanga mu nzira dutashye musaba ko tujya muri butike kumugurira akantu, tugezemo ndamubaza nti ariko uwakwisubiraho wabyemera, ati nabyemera mugabo wanjye, ako kanya ntangira kumutamika utuneke nari muguriye ataha yishimye, ubwo za manza anyemerera kuzihagarika mu rukiko turasubirana, ubu ninjye ntangarugero mu ngo duturanye, sinkiri Sauli ndi Paulo”.

    Uwo muryango watangiye kwiyubaka aho ibyabuze ubwo bari mu makimbirane batangiye kujya inama z’uburyo byagaruka, iterambere ry’urugo rwabo rikiyongera.

    Umugore we Florentine Dusabeyezu ati “Ni uko nagize ukwitonda ngaceceka mba narahasize agatwe, yarankubitaga akantoteza, agasahura urugo, inka arazitwara, ariko burya umuntu iyo asabye imbabazi arazihabwa, kuko ni uwanjye ntabwo nari kumwima imbabazi, izi nyigisho zaratwubatse pe, aho agarukiye ibintu ni tayari, tubanye neza ibyo yari yarasahuye bitangiye kugaruka, ubu asigaye ataha akanzanira impano nkayakira neza nti ni uko mugabo mwiza, yarahindutse pe!”

    Nshakirabandi Alphonse wo mu Murenge wa Rwerere mu Karere ka Burera, avuga ko yari umurembetsi aho yari ageze ku rwego rwo gukubita umugore akaba yamwica, nyuma umugore aza kumucika ajya kuba iwabo, ariko ngo inyigisho yahawe zaramucengeye kuri ubu akaba abanye neza n’umugore we.

    Ati “Umugore naramukubitaga, iminsi myinshi ni iyo yaraye hanze, nari umurembetsi nywa kanyanga n’itabi. Yabonye ngiye kumwica ajya kuba iwabo, nyuma Padiri numva arampamagaye mu bajya kwiga mpurirayo n’umugore wanjye, musuhuje agira ubwoba, nti narahindutse uzagaruke, arambaza ati za kanyanga se waraziretse, nti naraziretse mugore mwiza, aranyemerera arataha ubu turi kumwe, turishimye n’abana bacu aho mbere bambonaga bagafumyamo bakiruka, ubu baraseka”.

    Umwe mu batanze ubuhamya yavuze ko nyuma y
    Umwe mu batanze ubuhamya yavuze ko nyuma y’ibyo biganiro yahindutse akaba agiye gutegura imishinga inyuranye y’iterambere

    Umugore we Bihoyiki Valentine we yagize ati “Nari narahunze umugabo numva ko ntazasubirana na we, kuko yari ageze aho kunyica, numva Padiri wacu wa Paruwasi ya Mwange arampamagaye njyayo nshidikanya, tugezeyo Padiri ati, buri muntu yicarane n’umugabo we, abandi bakicarana ngira ubwoba ndanga, bigeze ku munsi wa kane twicaranye antera imitoma anyereka ko yahindutse dutaha mu rugo rwacu, ubu ni imfura mbere yazaga akubita urugi ati kingura nkwice, njye n’abana tugahunga, ariko ubu araza ati kingura mugore mwiza, kandi ntagitaha mu ijoro, kuva mu Kwakira muri 2020, ntabwo ndarara hanze n’umunsi n’umwe”.

    Abenshi mu rubyiruko bari bahuriye mu matsinda, na bo bavuga ko ibyo biganiro byabahumuye, bava ku muhanda, ubu bakaba baharanira iterambere.

    Izo ngo zasabwe kubera abandi icyitegererezo, iyo miryango na yo yiyemeza kujya gutanga ubuhamya mu miryango itaragize amahirwe yo gukurikira ayo mahugurwa mu rwego rwo kuyihindura.

    Ni igikorwa cyishimiwe n’abitabiriye uwo muhango barimo bamwe mu bayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge, abapadiri bahuguye iyo miryango, ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADF) n’abahagarariye urubyiruko muri utwo turere.

    Musenyeri Bizimungu Gabin wari uhagarariye Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri Musenyeri Vincent Harolimana, yashimye umusaruro ayo mahugurwa atanze, asaba Leta gukomeza gushyigikira icyo gikorwa kandi yemera ko na Diyosezi ya Ruhengeri yiteguye gukomeza gutanga ubufasha mu guharanira kugira imiryango itekanye.

    Izo ngo zahuguwe zafashijwe no kujya mu matsinda y’iterambere no kwizigamira, aho bagiye bagurirana amatungo bakora n’bikorwa binyuranye, bakaba barazigamye kuri konti amafaranga asaga miliyoni 10 azabafasha mu kuzamura iterambere ryabo.


    source : https://ift.tt/3CfrpEA

  • Nyagatare: Abayobozi b’Amasibo batangiye gusinya imihigo yo kwirinda Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Biyemeje gukaza ingamba zo kwirinda Covid-19
    Biyemeje gukaza ingamba zo kwirinda Covid-19

    Akagari ka Rwisirabo, Umurenge wa Karangazi ni ko kabimburiye utundi, aho abayobozi b’Amasibo 49 bagiranye imihigo yo kwirinda Covid-19 n’abayobozi b’imidugudu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwisirabo, Mutesa Hope, avuga ko impamvu ba mutwarasibo biyemeje kugira uruhare runini mu gukumira Covid-19, ari uko hari abantu bakigaragara hirya no hino batubahiriza amabwiriza yo kuyirinda.

    Ati “Nyuma yo kubona ko hari abantu bagenda bagaragara batambaye udupfukamunwa, ba mutwarasibo biyemeje ubwabo kunoza ubukangurambaga, kugira ngo abaturage bose barusheho kumva akamaro ko kubahiriza amabwiriza ndetse banamenye ububi bw’icyorezo barusheho gukaza ingamba”.

    Urutse kurushaho kwigisha abaturage ububi bwa Covid-19 no kurushaho kubahiriza amabwiriza, ba mutwarasibo baniyemeje kumenya ingo zirimo abarwayi, bakamenya imibereho yabo ndetse bakanabafasha ku byo bakeneye kugira ngo badasohoka bakaba bakwirakwiza indwara.

    Abayobozi b’Amasibo bakazafatanya n’abayobozi b’imidugudu muri ubwo bukanguramba, ubirenzeho akajya abibazwa.

    Agira ati “Gukumira icyorezo cya Covid-19 bigomba gukorwa n’Abanyarwanda twese mu gihe hakigaragara abantu batambaye udupfukamunwa, ni bo batuma indwara idacika nyamara twese tubigize ibyacu yacika burundu”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, aherutse gusaba abaturage kujya batanga amakuru ku bantu babonye batubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, harimo abatambara udupfukamunwa ndetse no gusengera ahatemewe.

    Kuri ubu ngo bamaze kuvugana n’abayobozi b’amadini n’amatorero kugira ngo barusheho kwegera abayoboke babo, barekere kurenga ku mabwiriza basengera ahatemewe.


    source : https://ift.tt/3ljFLgs

  • Ruhango: Batangije gahunda yo kubaka ibiro by’imidugudu yose igize akarere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi b
    Abayobozi b’Akarere ka Ruhango bifatanyije n’abaturage mu gutangiza kubaka ibiro by’imidugudu

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko abaturage bazagira uruhare kuri izo nyubako binyuze mu miganda, na ho akarere kagashaka isakaro n’ibindi bikenera amafaranga nko gukinga n’ibindi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko kubaka ibiro by’umukuru w’Umudugudu bitazahindura cyane imikorere y’umuyobozi wawo ngo yirirwe ku biro kuko n’ubundi azakomeza gukora nk’umukorerabushake wikorera n’indi mirimo ye, icyakora ngo bizoroshya gutanga serivisi inoze no kubika ibikoresho bye, ibyo biro kandi bikazaba binakorerwamo n’abagize komite z’imidigudu n’abajyanama b’ubuzima.

    Agora ati “Turasaba abaturage gukomeza gushyira imbaraga mu kwiyubakira igihugu natwe tubatere inkunga kugira ngo uyu muhigo tuzawese. Abakuru b’imidugudu bakeneye aho gukorera heza kandi bizarushaho kunoza serivizi bagomba abaturage”.

    Abaturage bo mu Karere ka Ruhango bavuga ko bishimiye kuba abayobozi b’imidugudu bagiye kubona aho bakorera hazwi, kuko byabagoraga kubona serivisi zo kwa mudugudu kubera ko yakoreraga ahabonetse hose.

    Kagame Pascal wo mu Kagari ka Karambi, avuga ko serivisi zo kwaka ibyangombwa zitatangwaga uko bikwiye kubera kutagira aho gusanga mudugudu.

    Agira ati “Byasabaga gushakisha mudugudu aho yagiye ngo agufashe bikaba byanatuma serivisi ukeneye wanayibura, ariko ubu nta kongera kwirirwa tumushakisha azaba ari ahantu hazwi”.

    Abaturage bavuga ko kugira ibiro by
    Abaturage bavuga ko kugira ibiro by’umudugudu bizatuma babona serivisi mu buryo bworoshye

    Tumukunde Bernadette avuga ko ari akarusho kuba mudugudu abonye ibiro kuko noneho azajya abonana n’umuyobozi ahantu hazwi akizeza ubufatanye mu gukomeza kwiyubakira ibiro by’umudugudu kugira ngo bongere iterambere.

    Agira ati “Mudugudu namugereranyaga na ‘dorone’, kuko yirirwaga aca hirya no hino, ariko ubu kugira icyicaro ni akarusho”.

    Imidugudu umunani muri 513 ni yo yari ifite ibiro ikoreramo, uyu mwaka w’imihigo ukaba uzarangira indi midugudu isaga 110 yiyongereye kuri iyo na yo ikagira aho ikorera.


    source : https://ift.tt/3nAvu2k

  • Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe ya Volleyball muri Afurika – #rwanda #RwOT

    Ntabwo ubutumwa bwashyizwe kuri Twitter y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bwagaragaje icyo abo bayobozi bombi baganiriye.

    Hajij Bouchra ari mu Rwanda aho yitabiriye Igikombe cya Afurika cya Volleyball mu bagabo n’abagore, kiri kuba hagati ya tariki ya 5 n’iya 20 Nzeri 2021.

    Bouchra amaze iminsi yitabira imikino itandukanye iri kubera muri Kigali Arena i Remera mu mujyi wa Kigali.

    Bouchra Hajij aherutse kuvuga ko kugira ngo u Rwanda rwemererwe kwakira aya marushanwa akomeye ku mugabane wa Afurika, byaturutse ku kuba ubusabe rwatanze bwari busobanutse kurusha ubundi bakiriye ndetse rukaba rugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’uyu mukino muri Afurika.

    Mu bindi kandi byagendeweho harimo ibikorwa remezo bihagije byorohereza amarushanwa nk’ayo akomeye n’ubunararibonye mu kwakira imikino yo ku rwego mpuzamahanga.

    Aya marushanwa yombi yaba ay’abagabo n’abagore ari kubera mu Rwanda azatanga itike y’Igikombe cy’Isi cya Volleyball kizaba mu mwaka utaha wa 2022.

    Hajij Bouchra amaze iminsi mu Rwanda

    source : https://ift.tt/3z6UVKJ