Tag: featured

  • Kamonyi: Abantu 12 bafashwe bakekwaho kwambura abaturage no kubakubita #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo bose bafatiwe mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Rukoma mu tugari twa Kazirabonde na Gishyeshye mu midugudu ya Bigobe, Gatwa na Gahungeri.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko abaturage bo muri iyo midugudu bari bamaze igihe bataka ko hari itsinda ry’abantu bitwaje imihoro babatega ku mugoroba bwije bakabambura ibyo bafite ndetse bakanabakubita.

    Ayo makuru bayahaye abayobozi mu nzego z’ibanze bakora urutonde rw’abantu biyise abahebyi bajya gucukura amabuye y’agaciro biba mu birombe mu Murenge wa Rukoma.

    SP Kanamugire yagize ati “Kubera ko abaturage babana na bariya bantu akenshi usanga babazi, ni abantu biyise abahebyi bajya gucukura rwihishwa amabuye y’agaciro ndetse ayo makuru yanatanzwe na bamwe mu bafite ibirombe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bavuga ko hari abantu baza kuyacukura mu birombe byabo rwihishwa. Abaturage bavuga ko iyo bamaze kugurisha ayo mabuye bajya kunywa inzoga zitemewe n’ibindi biyobyabwenge bamara gusinda bagatangira gutega abantu bakabambura, cyane cyane abagore ndetse bakanabakubita”.

    SP Kanamugire akomeza avuga ko abo bantu uko ari 12 bafashwe ari mu gitondo kare bamwe barimo kujya mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bagafatwa bafite ibikoresho bifashisha bacukura, abandi bafatiwe mu mazu babamo, hari n’uwasanganywe udufuka 6 turimo amabuye y’agaciro atarayungururwa.

    Uwo muyobozi yashimiye abaturage n’abayobozi mu nzego z’ibanze batanze amakuru bakanagaragaza bariya bantu kugira ngo bafatwe, yabasabye gukomeza ubwo bufatanye mu kwicungira umutekano.

    Ati “Turashimira abaturage ku ruhare rwabo mu kwicungira umutekano kandi tunabasaba gukomereza aho. Bariya bantu barashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha hakorwe iperereza ku byo abaturage babarega”.

    Yakomeje anibutsa abantu kwirinda kujya mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko, anagaragaza ko ababagurira ayo mabuye na bo ibyo bakora bitemewe n’amategeko kandi bazafatwa babihanirwe.

    Abafashwe uko ari 12 bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Rukoma kugira ngo hakorwe iperereza, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Itegeko rigena ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri nimero 58/2018 ryo kuwa 13/08/2018, mu ngingo ya 54 ivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucukuza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2),ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye kwiba byakozwe nijoro, iyo kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

    source : https://ift.tt/3AjIUmC

  • Volleyball: Umukino wagombaga guhuza u Rwanda na Senegal urasubitswe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Visi Perezida w’impuzamashyiramwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika (CAVB), yatangaje ko umukino w’u Rwanda na Senegal usubitswe kubera impamvu ziswe iza tekinike.

    Ni umukino wahagaritswe nyuma y’aho amakipe yari amaze kwishyushya yitegura gutangira umukino, aho bivugwa ko ari ibibazo by’ibyangombwa bya bamwe mu bakinnyi.

    source : https://ift.tt/3Ep0Ezn

  • Kigali: Undi muntu yagerageje kwiyahura #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mushiki we ngo yagerageje kumuhagarika aranga, maze ahita atega moto ngo agende amutangire ariko ageze mu mujyi asanga inyubako yamubwiye si yo arimo, ahubwo yagiye mu yindi.

    Bivugwa ko yasimbutse aturutse mu igorofa ya kabiri, maze agwa hejuru y’imodoka avunika amaboko n’amaguru acira n’amaraso ariko ntiyapfa ndetse ahita ajyanwa kwa muganga kugira ngo yitabweho.

    Ntihahise hamenyekana impamvu nyamukuru yatumye uyu musore yiyahura.

    source : https://ift.tt/3EnymoW

  • Nicki Minaj kuri Twitter atangaje ibirego kubyerekeye ingaruka zinkingo ya covid #RwOT #Rwanda

    Nicki Minaj tweeted an unverified story about a cousin’s friend in Trinidad, saying the unidentified individual “became impotent” and “his testicles became swollen” after receiving a COVID-19 vaccine.


    Read more on : https://www.ctvnews.ca/health/coronavirus/nicki-minaj-s-tweet-shares-unfounded-claims-about-vaccine-side-effects-1.5586241

  • Ikigo cy’Igihugu cy’Igororamuco gihamya ko ubukene atari yo ntandaro y’ubuzererezi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inzego z
    Inzego z’ibanze kuva ku Isibo barimo gusobanurirwa uko habaho Igororamuco mu muryango

    Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo wa NRS, CP Rtd Ntirushwa Faustin, avuga ko harimo gukorwa ubukanguramabaga bushingiye ku kwibutsa ababyeyi guhangana n’ikibazo cy’ubuzererezi bahereye ku rwego rw’Isibo, hakagaragazwa ibibazo bibangamiye umuryango bishobora guteza ubuzererezi, bigakemurwa bitarateza izo ngaruka zo kuba umwana yata umuryango we.

    Bimwe mu bibazo bitangazwa na NRS bituma abana batoroka imiryango bakajya mu buzererezi harimo amakimbirane mu miryango ashingiye ku myitwarire y’ababyeyi, kutita ku nshingano zo kurera ku babyeyi bamwe na bamwe, ubushobozi buke bw’umuryango mu gukemura ibibazo by’abana n’ubukene ariko ngo ubwabwo akaba atari ryo shingiro ry’ubuzererezi.

    Mu rwego rwo kurwanya ubuzererezi, kuva ku wa 24 Kanama 2021, NRS yatangije ubukangurambaga bugamije gushishikariza ababyeyi kurwanya ubuzererezi mu bana b’u Rwanda bufite insanganyamatsiko igira iti “Uruhare rwanjye nawe mu guca ubuzererezi bw’abana b’u Rwanda”.

    Mu Mujyi wa Kigali ahagaragara abana benshi bajya mu buzererezi ni mu mirenge ya Nyarugenge, Kigali na Nyamirambo ari na ho hatangirijwe ubwo bukangurambaga, ubu bukaba bukomereje mu turere tw’Intara y’i Burengerazuba twa Ngororero na Nyabihu, aho na ho hakaba hagaragara abana benshi batoroka imiryango yabo bakajya mu mijyi.

    Hagiye gutangizwa Igororamuco rikorewe mu muryango

    Ubuyobozi bwa NRS butangaza ko mu bukangurambaga burimo gukorwa, hari no gusobanurira inzego z’ubuyobozi bw’ibanze n’abaturage uko hagiye gukorwa Igororamuco mu muryango, hagamijwe ko abana bose baguma mu ngo.

    Hari kandi gahunda yo gukura abana mu buzererezi bagahunzwa n’imiryango kandi bagasubizwa mu ishuri ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’iz’umutekano, iyi gahunda ikaba yaratangijwe guhera muri Gicurasi 2020 mu turere twose, aho nibura abana 3,531 bamaze gukurwa mu buzererezi bakaba barasubijwe mu miryango yabo,

    Mu bakuwe mu buzererezi 2,951 bangana na 84%, baracyari mu muryango bigaragara ko baretse ubuzererezi, icyakora abana 313 bangana na 8.8% bataha mu miryango ariko bakirirwa mu buzererezi, mu gihe abana 267 bangana na 7.2% bo basubiye mu buzererezi bakaba batagitaha mu miryango.

    CP Rtd Ntirushwa avuga ko hari icyizere cy’uko nibura mu myaka ibiri iri imbere ubuzererezi buzaba bumaze gucika mu buryo bugaragara, igihe cyose habayeho ubufatanye kandi ababyeyi bagakomeza gushyira imbaraga mu guharanira ko nta mwana ukwiye gusubira mu buzererezi.

    Agira ati “Ubukene ntabwo ari cyo kibazo ahubwo ikibaze ni uburere bukwiye guhabwa abana bakanyurwa n’ibihari noneho ibyo bike bakamenya kubibyaza umusaruro bakagera kuri byinshi. Ubundi mu mateka yo hambere nta mwana w’Umunyarwanda wajyaga mu buzererezi na n’ubu rero turifuza ko bucika”.

    Yongeraho ati “Hari abakene benshi bakora kandi bakita ku bana babo ntibajye mu buzererezi, abo bakene bakwiye kubera abandi urugero kuko kunyurwa n’ibihari ni umuco abantu bakwiye gutora, noneho abafite ibibazo na Leta ikaba yabibafashamo, aho kurenga umwana akajya mu muhanda”.

    CP Rtd Ntirushwa avuga ko muri rusange bizwi ko hari ibibazo byugarije umuryango nyarwanda biteza ubuzererezi, ariko umuti urambye ari ukuburwanya butararenga inkombe kugira ngo habeho kurengera abana nk’uko biri mu murongo wa Leta wo kurengera umwana, ibyo bikaba bitashoboka igihe umwana ari mu buzererezi.


    source : https://ift.tt/3luvsX5

  • Ibimenyetso 6/18 byereka umukobwa ko umuhungu amukunda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    6. Gukoresha ibimenyetso by’igihagararo (umubiri)

    Umusore wagukunze agashaka kukwereka ko ari we ukwitayeho iyo muri kumwe na bagenzi banyu harimo n’abandi bahungu, usanga agerageza guhagarara yemye, agasa n’uwisonjesha, intugu akazigira nk’iza kagoma (kurega agatuza), ubundi agatambukana ishema n’ubwema kugira ngo ubone ko ari umusore uhamye.

    7. Kukubaza niba ufite inshuti y’umuhungu

    Iki na cyo ni kimwe mu bintu by’ingenzi bishobora kwemeza ko umuhungu yifuza kukubera inshuti. Ariko rero ntabwo abahungu benshi bakunze kwihutira kubaza icyo kibazo. Ahubwo usanga bibarishwa utubazo two guca hirya no hino kugira ngo arebe ko waza kugeraho ukabyivugira ubwawe. Ashobora nko kukubwira ko nta muntu afite, yizeye ko nawe umusubiza uti nanjye ntawe.

    8. Kugufuhira igihe uganiriye n’abandi basore

    Iyo urimo kuganira n’abandi basore haba kuri telefone cyangwa imbona nkubone, umuhungu ugukunda atangira kubura amahoro akajya akureba buri kanya yibaza ibyo murimo kuganiraho. Ariko iyo nta rukundo akwifuzaho, kukubona uvugana n’abandi bahungu nta kibazo bimutera, ahubwo ubona yirangariye mu bindi.

    9. Guhora iteka ashaka kugufasha mu bibazo uhura nabyo

    Impuguke mu by’urukundo zivuga ko abahungu muri kamere yabo habamo guhora bashaka gukemura ibibazo. Noneho iyo bigeze k’uwo bifuzaho urukundo, bahora bagerageza kuba aba mbere mu gushakira ibisubizo ibibazo umukobwa afite. Nuramuka uvuze ikibazo ufite muri kumwe kandi akaba agukunda, ahita atekereza uko yagikemura akaba yakora n’ibyo utatekerezaga ko yashobora, kuko aba yifuza ko umubona nk’intwari yawe.

    10. Ashaka kureba uko witwara iyo avuze ikintu gisekeje mu ruhame

    Iki ni ikintu cy’ingenzi umukobwa agomba kwitaho cyane igihe muri hamwe n’inshuti zanyu. Umuhungu nagira icyo avuga muri mu ruhame, cyangwa akavuga akantu gasekeje ubundi agahita aguteraho akajisho ngo arebe uko wabyakiriye, uzamenye ko ari ikimenyetso gikomeye cyerekana ko yifuza ko nawe umwitaho.

    11. Kukubwira ingamba z’ahazaza

    Niba umuhungu akubwira ingamba z’ejo hazaza he, uzamenye ko hari amahirwe menshi ko agukundira uko uri n’uwo uri we. Uti kuki? Kubera ko ashobora kuba akubona muri gahunda afitiye ubuzima bwe buri imbere, akaba arimo kugerageza kureba ko nawe ushobora kuzinjiramo bigahura.

    Uru rutonde rwamuritswe ku rubuga parade.com ruriho ibimenyetso 18, hasigaye ibindi birindwi (7) birimo uko umuhungu yitwara ku mukobwa igihe yanyoye inzoga zisembuye, ku basanzwe bazinywa birumvikana.

    source : https://ift.tt/3hyZhVd

  • Ababiligi bahaye ubwigenge abatari babukeneye – Pasiteri Ezra Mpyisi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Pasiteri Ezra Mpyisi
    Pasiteri Ezra Mpyisi

    Ni mu kiganiro kirekire Pastor Ezra Mpyisi w’imyaka 99 yashyize kuri shene ye bwite ya YouTube, aho yifuje kuvugira amateka azi uko yagenze imbona nkubone kuko yayabayemo, bityo abatayazi bakayamenya, abayagoreka nkana akabavuguruza.

    Avuga ku bwigenge bw’u Rwanda mu 1962 nyuma y’uko Ingoma ya Cyami yarimaze imyaka ibiri ihiritswe (1959), Pastor Mpyisi aragira ati:

    “Nyuma y’uko umwami Rudahigwa atanze (1959) Kigeri agahungira muri Amerika, abavugaga ko badashaka ubwigenge babwiye Ababiligi bati turashaka kwigumira uko mwadutegekaga ariko mudufashe kwica Umututsi ubundi dutegekane kugeza aho muzashakira…ni ukuri niko Kayibanda yavugaga n’abe! Ibintu bigiye gupfa, ubwigenge babutanze babuha abongabo…ababurwaniye barapfuye abandi barabaye impunzi…

    Mu 1959 ni bwo umwami Rudahigwa yatanze duhinduka impunzi dutyo, na Kigeri nawe ahinduka impunzi. Twari twaramwimitse ariko ntiyategetse. Ni uko ubwigenge buratangwa ariko buhabwa abatarabushakaga babufata nabi”

    Pastor Mpyisi akomeza avuga ko iryo ari kosa Umuryango w’Abibumye wakoze, kuko mbere y’ubwigenge wari wabanje kwizeza Abanyarwanda ko uzabanza ugacyura impunzi ukabona gusaba Ababiligi guha u Rwanda ubwigenge.

    Icyo gihe Grégoire Kayibanda warumaze kuba Perezida wa repubulika ya mbere, Pastor Mpyisi avuga ko Umuryango w’Abibumbye wamuhamagaye ukamubwira ko ushaka kumuha ubwigenge.

    Mpyisi ati: “Ariko Kayibanda nawe babumuha mu buryo bwo guhana Ababiligi bari bagifite ubutegetsi, bukeye LONI ihamagara Kayibanda warugitegekana n’Ababiligi, bati turashaka kuguha ubwigenge; wawundi (Kayibanda) wavugaga ngo ntabwo ashaka ubwigenge bazategeke kugeza aho bashakiye ntibamuhamagarana n’Ababiligi, bamuhamagara wenyine – ubwigenge buraryoshye – Kayibanda ati nimubumpe, arahinduye icyo yangaga aracyakiriye.”

    Nk’uko Pastor Mpyisi abivuga, umukoloni w’Umubiligi witwa Jean-Paul Harroy icyo gihe ngo yarari i Bujumbura (Burundi), agiye kumva yumva Kayibanda yatangaje ubwigenge i Kigali.

    Mpyisi ati: “Ubwo Harroy afata kajugujugu aragaruka abaza Kayibanda ati niko sha ni ibi twasezeranye? Undi nawe ati jya kubaza LONI niba narabibasabye, barantumiye bati akira, najyaga se kuvuga iki ko ndi umunyarwanda?”

    Icyo gihe kuba Umuryango w’Abibumbye warahamagaye Kayibanda wenyine ugaha u Rwanda ubwigenge nta Mubiligi uhari, Pastor Mpyisi avuga ko ari igihano Imana yahaye Umubiligi.

    Mpyisi ati: “Ni igihano Imana yashatse guha Umubiligi wemeye kwica Umutusti agashyiraho Umuhutu, undi nawe akamwigaranzura. Ni uko Harroy areba Kayibanda arashoberwa aragenda ahambira utwe arataha, ubwigenge buboneka butyo! Hanyuma Inkotanyi ziraza, ariko ntizarwanye n’Umubiligi, ahubwo ni Umunyarwanda warwanye n’Umunyarwanda, none Inkotanyi na n’ubu ziracyakurikiye bwa bwigenge bwa bose, ya mbaga y’inyabutatu ijya mbere.”


    source : https://ift.tt/3EnwZGX

  • Musanze: Abaturage babangamiwe n’ikimoteri kibateza umwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imyanda yuzuye muri iki kimoteri ni yo abaturage bavuga ko ibateza umwanda n
    Imyanda yuzuye muri iki kimoteri ni yo abaturage bavuga ko ibateza umwanda n’umunuko

    Iki kimoteri kimenwamo imyanda ituruka mu ngo zo muri iyi centre no mu nkengero zaho, ndetse n’ituruka mu isoko rya Kinigi, ubusanzwe rinegeranye na cyo.

    Murekeyisoni Esperence, ucururiza mu isoko rya Kinigi, yagize ati: “Imyanda myinshi, byaba ibyaboze, amasashi, imisati bogosha n’ibindi bikoresho byashaje, bakubura muri iri soko no mu ngo z’abatuye muri aka gace, byose babimena muri iki kimoteri. Urabona n’ukuntu cyegeranye n’igice gicururizwamo ibiribwa muri iri soko, tuba dufite impungenge z’ubuziranenge bwabyo n’impungenge z’uko abantu banyura iruhande rwacyo isegonda ku rindi, bajya kurema cyangwa baremuye isoko, gishobora kubanduza indwara”.

    Ati: “Hari nk’igihe umuyaga uhuha ari mwinshi, urwo ruvangavange rw’imyanda n’amasazi, rugaturuka muri iki kimoteri, rugasandagurikira mu bicuruzwa byacu, cyangwa mu mazu y’abaturage bacyegereye, bikaba byanaduteza ingaruka kubera uwo mwanda”.

    Icyo kimoteri kiri iruhande neza y
    Icyo kimoteri kiri iruhande neza y’amazu y’ubucuruzi yo muri iryo soko

    Umunuko ugiturukamo na wo ngo uri mu bintu bibangamiye abaturage. Bayisabe Clement agira ati: “Kinukira umuntu kugeza ubwo yumva ataye umutwe. Twahoraga dupfutse amazuru, aho udupfukamunwa tuziye, ubu ni two tugerageza gukinga ku mazuru ngo turebe ko uwo munuko utatugeraho ufite ubukana. Mbese ni uko iri soko ari ryo abaguzi n’abahacururiza tuba dutezemo amaramuko, ari na cyo gituma tutaricikamo; naho ubundi duhora duhangayikishijwe n’uko umunuko, uduteza ingaruka byanze bikunze”.

    Aba baturage bavuga ko batazi impamvu kitavidurwa cyangwa ngo cyimurirwe ahandi. Umwe muri bo agira ati: “Tubona cyaramaze kuzura, ari na yo mpamvu kiduteza umwanda. Dusaba ko ababishinzwe bareba uko bajya bakividura nibura nka kabiri mu mwaka, imyanda yacyo bakajya kuyimena ahabugenewe hatateza ikibazo; bitaba ibyo se, bakaba bacyimurira ahandi, ariko kidakomeje kutubera umuzigo gutya”.

    Mitali Narcisse, Umukozi w’Umurenge wa Kinigi ushinzwe ubuhinzi n’umutungo kamere, akaba n’umusigire w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge muri iki gihe; avuga ko iki kibazo kizwi, kandi ko n’Ubuyobozi, bwagerageje kugira icyo bugikoraho.

    Isoko rya Kinigi ni rimwe mu masoko aganwa na benshi
    Isoko rya Kinigi ni rimwe mu masoko aganwa na benshi

    Yagize ati: “Ni byo koko aho ikimoteri giherereye, bigaragara ko hatakiberanye na cyo kubera ukuntu kiri hafi y’ingo. Byanatumye mu gihe gishize, Inama Njyanama y’Umurenge wa Kinigi iterana, yiga kuri iki kibazo kiri mu bibangamiye abaturage, ibishyikiriza Akarere, na ko katumenyesheje ko kagiye gushakisha uko haboneka ingengo y’imari, izakoreshwa mu gushaka ubundi butaka bwazashyirwaho ikindi kimoteri cyujuje ibisabwa. Kugeza ubu ngubu natwe turacyategereje”.

    Kigali Today yagerageje kubaza ubuyobozi bw’Akarere icyo buri gukora mu gukemura iki kibazo, ariko ntibwagira icyo butangaza.

    Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinigi busaba abaturage ko mu gihe bagitegereje igisubizo kirambye cy’ikibazo cy’ikimoteri, bajya bakora uko bashoboye, igihe bakusanya imyanda, bakavangura ibora n’itabora; mu rwego rwo kwirinda ko giteza ingaruka.

    Abaturage bavuga ko imyanda ikijugunywamo iteza umunuko ukabije kuko cyuzuye
    Abaturage bavuga ko imyanda ikijugunywamo iteza umunuko ukabije kuko cyuzuye


    source : https://ift.tt/3lsa2Kc

  • Ingabo z’u Bufaransa zishe umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba ukorera muri Sahara #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Perezida Macron yavuze ko urupfu rwa Adnan Abu Walid Al-Sahrawi, ari intsinzi ikomeye mu kurwanya imitwe y’iterabwoba muri Sahara.

    Ingabo z’Abafaransa zishyigikiwe n’ubutasi bwa Amerika, zimaze imyaka zihiga uduce twose tubarizwamo imitwe y’abajihadiste ngo ziturimbure.

    Ikinyamakuru cy’Abongereza, BBC, kivuga ko imitwe y’inyeshyamba z’abayisilamu imaze gukwirakwira mu turere twinshi two muri Afurika, harimo Mali, Niger, Tchad na Burkina Faso.

    source : https://ift.tt/3hG0r10

  • Bamwe mu bagize Guverinoma ya Tanzania batewe ubwoba n’impinduka Perezida Suluhu arimo gukora #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania
    Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania

    Ibyo yabivuze ku ya 14 Nzeri 2021, nyuma yo kurahiza Abaminisitiri bashya bane n’umunyamategeko umwe aherutse gushyiraho mu minsi ishize.

    Perezida Samia yagize ati “Aha ngeze, ni nk’aho nshyizeho akitso, sinigeze nshyiraho akabago, izi mpinduka zizakomeza”.

    Kugira ngo yerekane ko impinduka zikomeje, ubwo Perezida Suluhu yari agiye gusoza imbwirwaruhame yari yateguye, yifurije Abaminisitiri bari bamaze kurahira kuzagira akazi keza, asoza agira ati “Nanjye ngiye gukomeza gukora akazi ko kuvugurura”.

    Perezida Samia Suluhu yavuze ko mu gihe cy’amezi atandatu amaze ayobora Tanzania, yagerageje kwicecekera no kwitonda mu gihe arimo yitegereza imikorere ya za Minisiteri zose.

    Yagize ati “Aaah, hari ibintu byinshi byo guhindura, ariko muri icyo gihe abo ba Minisitiri n’abo bakorana nabaga niga ku mikorere yabo, na bo babaga barimo kunyigaho nanjye. Nk’uko nabivuze, bamwe muri bo bafashe uko gutuza kwanjye nk’intege nke, maze batangira gukora ibyo bishakiye, hari n’abafashe uko guceceka kwanjye no gutuza nk’inzira yo gukora akazi bashinzwe no kwerekana ko bagashoboye”.

    Yongeyeho ati “Bitewe n’uko ndemye, kandi n’uko narezwe, ntimuzategereze ngo nzaza nicare hano maze ntangire gutongana, numva atari ukwiyubaha, kandi no kubera ko nkorana n’abantu bakuru bazi gutandukanya ikibi n’icyiza, numva bitari ngombwa”.

    Yokomeje agira ati “Ku bw’ibyo rero, n’imyizerere yanjye y’uko iyo mvuganye na buri muntu dushobora kumvikana, akamenya icyo akwiye gukora bijyanye n’inshingano ze, ubwo rero ntimuzantegerezeho gupfa gutongana uko niboneye, ntonganya abantu bakuru bagenzi banjye. Nzatongana nkoresheje ikaramu”.

    Perezida Samia yavuze ko n’ubwo yarahije ba Minisitiri bashya bane, ariko hari n’indi Minisiteri igiye kubamo impinduka ikabona abayobozi bashya, ndetse na bo bakazaza kurahirira inshingano mu minsi iri imbere.

    Perezida Samia ati “Ariko nk’uko nabivuze, aha ngeze ni nk’aho nshyizeho akitso, sinashyizeho akabago, izi mpinduka zirakomeje, ubwo rero uko tazakomeza, n’iyo Minisiteri tuzayikoramo impinduka, kandi na bo bazaza kurahira imbere yanyu ”.

    Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Mwananchi dukesha iyi nkuru, Perezida Samia ajya gusoza uwo muhango wo kurahiza Abaminisitiri bashya, mu ijwi ritoya ariko rifite ubutumwa ritanga bwigisha, bwuzuyemo ubushishozi, yavuze ko impinduka n’amavugurura bizakomeza, akurikije uko yabonye imikorere ya bamwe mu Baminisitiri ndetse n’abo bakorana muri Minisiteri zabo.


    source : https://ift.tt/3nS3TtF