Tag: featured

  • Nyabimata: Barifuza ko Rusesabagina n’abo bareganwa babaha indishyi z’akababaro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Agasantere ka Rumenero aho inyeshyamba zasahuye butike ebyiri n
    Agasantere ka Rumenero aho inyeshyamba zasahuye butike ebyiri n’akabari

    Ubwo inyeshyamba zateraga i Nyabimata, zishe abantu babiri harimo umusore wacururizaga mu gasantere ka Nyabimata bajijije kwanga kubarangira aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge atuye, n’umuyobozi w’ishuri ry’ahitwa i Ruhinga wari uhatuye.

    Viateur Ngirinshuti, umuvandimwe w’uwo musore wishwe, yigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye. Yahise arivamo kubera ko yabuze uwamuhaga ibikorehso by’ishuri, hanyuma ajya gufasha ababyeyi kwita ku bavandimwe be.

    Agira ati “Ni we wari utugize. Ni we wadutangiraga mituweli, akadukorera ikintu cyose, none aho yiciwe papa urebye yaranahungabanye, cyane ko yamaze gupfa papa akabura n’abandi bana be b’abahungu babiri.”

    Dominiko Rugerinyange, ari we se w’uwo musore, n’agahinda ko kuba yarabuze umwana we usanga agira ati “Dore nk’ubu nubatse inzu, mbura isakaro. Iyo ahaba icyo kibazo ntikiba gihari.”

    Inyeshyamba kandi ubwo zateraga i Nyabimata zanasahuye amabutike abiri n’akabari byo mu gasantere ka Rumenero, ku buryo urebye ba nyirayo basigaye iheruheru, kuri ubu bakaba ari bwo barimo kwisuganya, nyuma yo kugurisha imwe mu mitungo bari bafite kugira ngo babashe kwishyura inguzanyo ya Sacco bari bashoye mu byo bibwe.

    Uwitwa Dancille Mukabagema agira ati “Muri butike harimo ibintu bibarirwa mu gaciro ka miriyoni ebyiri, barabitwara byose. Harimo imiceri n’utuwunga, amavuta n’imyenda. Haciyemo ukwezi baragaruka, mu Mudugudu wa Cyumuzi badukurira ibirayi byari bihinze kuri hegitari.”

    Baba abacuruzi, baba abatuye muri kariya gace, ibyo bakorewe n’inyeshyamba byarabahungabanyije.

    Simon Sebagema bibye ibyo yari afite muri butike byose, avuga ko gusigara iheruheru ndetse no guhangayika atekereza ko bashobora kugaruka bakica n’abandi bantu byatumye amara igihe adasinzira.

    Agira ati “Njyewe namaze amezi atatu ntasinzira. Nongeye kugira ibitotsi ari uko tubonye ko batakiza.”

    Kuri ubu abagize uruhare mu kubahungabanyiriza umutekano barimo gukurikiranwa n’ubutabera bw’u Rwanda, abatuye i Nyabimata bavuga ko bakwiye guhanwa by’intangarugero, ariko bakazanariha ibyo basahuye, ndetse bakanatanga impozamarira ku bo biciye.

    Uwitwa Viateur Barayandema agira ati “Urumva twasigaye iheruheru. Dufite ibyiringiro ko abafashwe bazatwishyura ibyacu byangijwe, ariko nyine n’abiciwe ababo bakibukwa, bagahabwa impozamarira.”

    Iduka rya Dancille Mukabagema n
    Iduka rya Dancille Mukabagema n’umugabo we ryari ryuzuye, none ubu ni bwo batangiye kongera kwisuganya

    Uwitwa Ladislas Nyabyenda baturanye na we ati “Bakatiwe bagahanwa, natwe twakumva hari icyururutse ku mutima. Byaba na ngombwa abangirijwe ibintu bakabisubizwa, abiciwe ababo na bo bagahabwa impozamarira.”

    Undi muturage witwa Innocent Nyaminani na we ati “Abo biciye abantu n’abo basahuye, barababaye. Kandi murabona baracyanyuzamo bakaduteza umutekano mukeya. Mwumvise abaje kuri ADENYA mu minsi yashize, umwe akahasiga ubuzima.”

    Uwitwa JMV Havugimana na we ati “Ahubwo n’abasigaye bazafatwe, baburanishwe kimwe na ba Rusesabagina, maze twigirire umutekano.”


    source : https://ift.tt/2Xyhhrn

  • Icyizere cyo kwigobotora ingaruka za COVID-19 ku mishinga yo mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri iheruka yongereye amasaha yo kuba Abaturarwanda bageze mu ngo ashyirwa saa yine z’ijoro, ibikorwa bigafunga mu isaha imwe mbere y’icyo gihe. Mu mezi yashize byigeze gufunga saa kumi n’imwe z’umugoroba.

    Uretse amasaha yongerewe n’ibikorwa bitandukanye bigenda byemererwa kongera gufungura imiryango mu byiciro aho kugeza ubu n’ibirori n’ubukwe byongeye kwemerwa.

    Brian Kitatta ufite restaurant yitwa Lam Lounge i Remera ku Gisimenti, yabwiye Rwanda Today ko ubu hari icyizere cy’uko imishinga yazanzamuka ikabasha kongera kwiyubaka igakomera.

    Ati “Ingamba ziheruka gushyirwaho zikagabanya igihe cyo kuba abantu bari mu ngo kikaba saa yine z’ijoro kugeza saa kumi za mu gitondo, byaraducunguye kuko simpamya ko twari kuba tugikora.”

    Restaurant nyinshi zari zarahagaritse gukora kubera kubura abazigana dore ko abenshi babaga baragera iwabo bagategura amafunguro ku buryo abafata umwanzuro wo kutahana ari mbarwa.

    Ku rundi ruhande, abacuruzaga utubari tumaze umwaka n’igice nta cyizere cyo gufungura kiraboneka bahisemo kuduhindura amaduka y’inzoga kuko zo zigurwa zigatahanwa.

    N’abafite indi mishinga ni uko babikoze kuko hari abacuruzaga imyenda babivuyemo bacuruza ibiribwa nubwo nabyo bavugaga ko nta cyizere cy’inyungu gihari.

    Restaurant ya Kitatta iri muri nke zakomeje kwihagararaho ngo nayo yabifashijwemo n’uko yegereye amaduka y’inzoga, bityo abavaga kuzigura bakaba barakeneraga ibiryo.

    Abafite imishinga muri Kigali baremeza ko uko ingamba zo kwirinda COVID-19 zoroshywa bagenda bagira icyizere cy’uko ubukungu bwazahuka

    source : https://ift.tt/3kqXuU6

  • Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zatangiye kwimurirwa i Mahama #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zatangiye kwimurirwa i Mahama
    Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zatangiye kwimurirwa i Mahama

    Imiryango 119 igizwe n’abantu 538 ni bo bahereweho kuri uyu wa Mbere ariko gahunda ikazakomeza, icyemezo cyo kwimura abo bantu kikaba cyafashwe mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo, kuko inkambi ya Gihembe ngo iri mu manegeka kandi igihe cy’imvura nyinshi cyatangiye.

    Gahunda yo kwimura izo mpunzi z’Abanyekongo yari yarahagaritswe kubera ikibazo cy’abana biga bagombaga kurangiza umwaka w’amashuri, kuko hari abari barimuwe guhera muri 2020, cyane ko abagiye uyu munsi basanzeyo abandi bagera ku 2,200.

    Zimwe mu mpunzi zaganiriye na Kigali Today, zivuga ko kwimukira i Mahama ari gahunda nziza ya Leta, n’ubwo bizabasaba kumenyera ubuzima bushya bw’ahantu hashyushye ugeranyije n’aho bavuye bari bamaze imyaka 23 batuye.

    Impunzi zose zirimo kwimurwa zigomba kubanza gupimwa Covid-19 mbere yo kwinjira mu nkambi ya Mahama.


    source : https://ift.tt/3EAZAZB

  • Ikindi cyiciro cy’impunzi z’Abanye-Congo cyimuriwe mu Nkambi ya Mahama – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 20 Nzeri 2021 himuwe 538 zigize imiryango 119, hateganyijwe ko izindi zisaga 500 zizimurwa ku wa Kane kuko intego ihari ari uko nibura buri cyumweru hajya himurwa izigera ku 1.000.

    Muri rusange impunzi 9.922 zigize imiryango 2.227 ni zo zizimurwa mu Nkambi ya Gihembe, hakifuzwa ko mu Ukuboza 2021 zose zazaba zaragejejwe mu ya Mahama. Zizaba zihasanga izindi 2.393 zigize miryango 520 zahimuriwe muri Gicurasi 2021.

    Zari zarahatujwe kuva mu myaka 23 ishize ndetse zirimo urubyiruko rwinshi rwahavukiye.

    IGIHE yamenye amakuru ko impamvu izi mpunzi zimuwe ari uko inyubako z’i Gihembe zishaje dore ko hari n’izatangiye kwangirika ku buryo muri ibi bihe by’imvura zashyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga. Nyuma yo kwimurwa iyi Nkambi izasenywa.

    Umuyobozi w’Inkambi ya Gihembe, Murebwayire Goretti, yatangaje ko imitungo y’izi mpunzi zimuwe izagenda yimurwa ariko ko itajyanwa none aha.

    Ati “Twiteguye kuyimura ariko ntabwo twabyimura tuyijyana mu nkambi. Ntabwo harategurwa neza ngo bamenye niba hari ubutaka bwo gushyiraho inka zabo. Ntabwo wajyana inka mu Nkambi ariko uzaba avuga ko yabonye ubutaka tuzamufasha kuyimura.”

    Izo mpunzi zavuze ko ziteguye gukomereza ubuzima i Mahama kuko bagenzi babo bagezeyo muri Gicurasi bababwira ko hameze neza.

    Nyirakamana Sifa wari uhamaze imyaka 23, yagize ati “Umwanzuro twawakiriye tunawemera kuko bibaye ngombwa ndetse twariyakiriye kuko hari benewacu dusanzeyo, si ukuvuga ko tugiye mu kindi gihugu.”

    Nkurunziza Fabrice wari warahageze mu 2012 akuwe mu Nkambi ya Nkamira iri Rubavu, yavuze ko nta mpungenge bafite kuko iyo bavuganye n’abari i Mahama bababwira ko ubuzima bumeze neza nk’ibisanzwe.

    Ati “Batubwira ko nta kibazo gihari natwe twiteguye kujya kubana nabo ntacyo tuzaba.”

    Izi mpunzi zavuze ko zishimira uburyo Leta y’u Rwanda iziraho mu buzima bwazo bwa buri munsi.

    Sebuhoro Patrick yagize ati “U Rwanda ntacyo twaruburanye rwose turarushima cyane.”

    Mu minsi ishize izi mpunzi zari zagaragaje ko zitewe impungenge n’uko zigiye gutakaza imirimo zari zimaze gufatisha i Gicumbi.

    Amakuru agera kuri IGIHE ni uko uwumva atiteguye kureka akazi, afite uburenganzira bwo gusigara agakora.

    Iyo bigenze bityo akaba mu nkambi, akomeza gufashwa kwishyurirwa Mituweli gusa ibindi akimenya. Icyakora iyo ubuzima bumugoye ashobora gusaba kugarurwa mu nkambi.

    Umuyobozi uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), Boubacar Bamba, yashimye umwanzuro Leta y’u Rwanda yafashe wo gukira izi mpunzi mu manegeka.

    Ati “Ni icyemezo cyiza kuko ni ukorokora ubuzima bwabo. Ubufasha bahabwaga barakomeza babubone nta gihinduka usibye kwimuka gusa.”

    Saa Kumi z’igitondo izi mpunzi zari zamaze kubyuka zijya mu modoka kuko zaraye ziteguye.

    Imodoka zazitwaye zahagurutse saa Kumi n’ebyiri zerekeza i Kirehe.

    UNHCR yashimye u Rwanda rwafashe umwanzuro wo gukura impunzi mu manegeka cyane ko ari mu bihe by’imvura

    Saa Kumi n’ebyiri imodoka zari zihagurutse i Gihembe zerekeza i Mahama

    Inzu z’i Gihembe zirashaje kandi zishyira ubuzima bw’impunzi mu kaga akaba ari nayo mpamvu hafashwe umwanzuro wo kuzimura

    Umuyobozi w’Inkambi ya Gihembe, Murebwayire Goretti, yavuze ko imitungo y’izi mpunzi hazarebwa uko nayo yimurwa

    source : https://ift.tt/3CqV5yK

  • Musanze: Abakoreshaga irimbi rya Kinigi babangamiwe no kutagira aho bashyingura – #rwanda #RwOT

    Irimbi rya Kinigi riri ku buso buri hafi kungana n’igice cya hegitari, ryuzuye muri uyu mwaka rihita rifungwa. Ryari rimaze igihe kirenga imyaka 22 rikoreshwa mu gushyingura ababaga bitabye Imana bo mu Mirenge ya Musanze, Nyange na Kinigi yo mu Karere ka Musanze kuko ryatangiye gukoreshwa mu 1998.

    Abo baturage bavuga ko kuri ubu basigaye bahendwa cyane no kubona aho bashyingura kuko mu Karere ka Musanze hasigaye hakoreshwa irimbi rimwe gusa riherereye mu Murenge wa Gacaca.

    Kubera iki kibazo bavuze ko kuri ubu hari bamwe muri bo bashyingura mu ngo cyangwa mu mirima ibari hafi.

    Gasominari Charles ni umwe muri bo, yavuze ko kuri ubu bagowe no kubona aho gushyingura ababo baba bitabye Imana.

    Yagize ati “Kuri ubu dufite ikibazo cy’irimbi kuko iryo twakoreshaga ryaruzuye bararifunga. Ubu gushyingura abacu baba bitabye Imana biraduhenda kuko irimbi rindi riri kure ku buryo ubu hari abari gushyingura mu ngo no mu mirima bahingagamo. Bishobotse ababishinzwe badushakira aho gushyingura kuko ntitwavuga ko gupfusha twabihagarika.”

    Nirere Espérance utuye muri Santeri ya Kinigi na we yagize ati “Muri iki gihe umuntu agira ibyago hakiyongeraho n’ihurizo ryo kubona aho ashyingura kuko irimbi rya Kinigi twakoreshaga ryuzuye, niba byashoboka batwegereza irimbi nk’uko byahoze.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, yavuze ko iki kibazo gihari ariko ko bari gushaka igisubizo bafatanyije n’abaturage.

    Yagize ati “Iki kibazo cyo kutagira irimbi koko kirahari kandi si hano gusa no muri Busogo na Gataraga kirahari, birumvikana ntawe uhunga urupfu cyangwa ngo arwigizeyo ariko turi gushaka igisubizo dufatanyije n’abaturage ku buryo turi kugerageza kubyihutisha ngo nabo babone irimbi.”

    Irimbi rya Kinigi ryuzuye riherereye muri Santeri ya Kinigi, ryakoreshwaga n’abaturage bo mu Mirenge ya Musanze, Nyange na Kinigi baryegereye kuva mu 1998 ubwo aka gace katangiraga guturwa cyane.

    Kuri ubu Akarere ka Musanze gafite irimbi rimwe gusa riri mu Murenge wa Gacaca nyuma y’uko andi ya Nyamagumba na Bukinanyana nayo yuzuye agafungwa.

    Abaturage bo muri Musanze bakoreshaga irimbi rya Kinigi babangamiwe no kutagira aho gushyingura kuko iri ryuzuye

    source : https://ift.tt/3hNNsL3

  • Imiryango irenga ibihumbi 40 yakuwe ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka – #rwanda #RwOT

    Iri sesengura rigaragaza ko abakuwe muri iki cyiciro basigaye bifashije, abandi bari barimo batujuje ibisabwa, aho hongerewemo imiryango 27.691 izajya ihabwa iyi nkunga irimo iy’abasaza n’abakecuru batishoboye, abafite ubumuga bukabije ndetse n’abana barera abandi.

    Abahabwa inkunga y’ingoboka itarenze ibihumbi 30 Frw buri kwezi, ibafasha kubona ibikenerwa by’ibanze nk’ibyo kurya ndetse n’ibikoresho by’isuku.

    Umwe mu baturage bakuwe kuri uru rutonde waganiriye na RBA, Dusengumuremyi Daniel ufite ubumuga, yavuze ko yakoresheje aya mafaranga yahabwaga buri kwezi abasha kwiteza imbere, agera ubwo yisabira kuvanwa mu bahabwa inkunga y’ingoboka, ndetse ubu afite umushinga w’ubucuruzi.

    Ati “Ubu mfite inguzanyo ya miliyoni nafashe mu kwezi kwa Kane uyu mwaka, urumva maze amezi atandatu ndi gukoresha inguzanyo ya banki. Ariko kuko nari maze kubona ko gukora bishoboka, gutinyuka bishoboka, igihe n’amaze mpambwa ayo mafaranga ngo antere kujya ku muhanda gucuruza mituyu ntabwo numvaga hari icyo nakora maze kumugara.”

    Nubwo ariko hari abishimira intambwe bateye bakava mu cyiciro cy’abakene inkunga bahabwaga igahagarikwa, hari n’abatarishimiye ko yahagaritswe.

    Muri bo harimo umukecuru w’imyaka 70, Nyiramana Pascasie, utuye mu Karere ka Bugesera wahabwa inkunga y’ingoboka kuva mu 2019, aza gukurwamo mu 2021, kubera ko byagaragaye ko afite abana bamufasha ndetse akaba yishyurwa ibihumbi 400 Frw buri kwezi kubera umunara w’itumanaho washyizwe mu isambu ye.

    Yagize ati “Numva nagumamo kugeza mpfuye, n’iyi nzu si iyanjye, ni iy’umwana uri hanze aje yasubira mu nzu ye.”

    Umuyobozi Mukuru wa Loda, Nyinawagaga Claudine, yavuze ko umuntu uhawe iyi nkunga, atagakwiriye kwicara ngo atuze ategereje leta ngo imugaburire.

    Ati “Niba umuntu ahawe ubufasha kugira ngo yiteze imbere aba akwiye gukoresha ayo mahirwe, akayabyaza umusaruro. Aho kugira ngo anangire gusa yumve ko azirirwa ashyize amaboko mu mufuka Leta ikamukorera byose. Ibyo uretse no guhemukira igihugu cye nawe ubwe aba yihemuye kuko aguma hahandi gusa.”

    Buri mwaka leta ishora arenga miliyari 18 Frw mu bikorwa byo gutera inkunga abatishoboye binyuze muri VUP, aho mu mwaka wa 2021-2022 izagenera inkunga y’ingoboka imiryango 107.079 mu gihugu hose. Uturere dufite abaturage benshi bahabwa iyi nkunga ni Nyamasheke, Gicumbi, Bugesera na Karongi.

    Nyinawagaga Claudine uyobora LODA yasabye abahabwa inkunga y’ingoboka kuticara ahubwo bakabyaza umusaruro amahirwe bahawe

    source : https://ift.tt/3EvSGon

  • Volleyball: Cameroun itsinze Kenya yisubiza igikombe cya Afurika #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru muri Kigali Arena, ni bwo hasojwe igikombe cya Afurika cya Volleyball mu bagore, igikombe cyari kimaze iminsi 10 gihatanirwa.

    Mu mukino wa nyuma wahuje Cameroun na Kenya, urangiye Cameroun itsinze Kenya amaseti 3-1, itwara iki gikombe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

    source : https://ift.tt/3hPzjNf

  • Lt Gen Mubarakh Muganga yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Akigera mu mujyi wa Mocimboa da Praia, yakiriwe n’Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri Mozambique, Maj Gen Innocent Kabandana, wamugejejeho aho ibikorwa byo guhashya inyeshyamba muri Cabo Delgado bigeze, nk’uko bikubiye mu itangazo rya Minisiteri y’Ingabo.

    Lt Gen Mubarakh Muganga, yashimiye Ingabo z’u Rwanda akazi zakoze mu butumwa bwari bwazijyanye, kuva zagera muri Mozambique.

    Lt Gen Mubarakh Muganga kandi yari ashyiriye izo Ngabo ubutumwa bw’ishimwe bw’Umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, uburyo babashije kugarura umutekano kuva bagera mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.

    Yaboneyeho gusaba izo Ngabo z’u Rwanda gukomeza kwitwara neza, bityo bakomeze kuba ba Ambasaderi beza b’u Rwanda.

    Ingabo na Polisi b’u Rwanda ku bufatanye n’Ingabo za Mozambique, birukanye inyeshyamba mu mijyi itandukanye zari zarigaruriye, harimo n’uw’ingezi wa Mocimboa Da Praia. Indi mijyi yakuwe mu maboko y’inyeshyamba ni nka Awasse, Palma, Quionga, Chinda, Njama n’iyindi.

    Nyuma yo gukura inyeshyamba mu birindiro byazo, ubu Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique, zirimo gufasha abaturage kugaruka mu byabo bari barataye kubera kubuzwa umutekano n’izo nyeshyamba.

    source : https://ift.tt/2VTbMDk

  • Dore ibiti bimaze imyaka irenga 4,000 ndetse n’ibishobora kwimuka aho byatewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    N
    N’umuhanda w’imodoka ubasha kunyura mu giti cya Surquoia

    Hari n’ibiti mu Buhinde no mu Butaliyani bishobora kwimuka bikava aho byari biteye bikitera ahandi, kubera ubushobozi bwabyo bwo kurandaranda.

    Muri iki cyumweru kirangiye abashinzwe kurwanya inkongi muri Leta ya California (USA), batangiye kuzengurutsa ibiringiti bidashya ndetse n’ibipfunyika bya alminium ku biti byo muri Pariki ya Sequoia, mu rwego rwo kubirinda inkongi y’umuriro irimo gusatira iyo pariki.

    Pariki ya Sequoia (ibiti byayo na byo byitwa sequoias), irimo ibiti bigera ku bihumbi bibiri bikurura ba mukerarugendo kubera kugira umubyimba munini, uburebure no kuramba cyane ku isi.

    Muri byo hari ikizwi ku izina rya ‘General Sherman’ gifite uburebure bwa metero 83 n’umubyimba ufite umurambararo(diameter) wa metero 11m (umuntu akaba yagicukuramo inzu y’ibyumba bitatu n’uruganiriro).

    Igiti cyitwa General Sherman kivugwaho kuba icya mbere ku isi mu bugari, mu burebure n
    Igiti cyitwa General Sherman kivugwaho kuba icya mbere ku isi mu bugari, mu burebure n’imyaka myinshi kibayeho

    N’ubwo General Sherman, bitewe no kwamamara cyane ivugwaho kuba igiti cya mbere ku isi kirambye imyaka irenga ibihumbi bibiri, hari ibindi byo muri Pariki ya Sequoia n’ahandi ngo birengeje imyaka 4,000 bibayeho, kandi birebire kurenza metero 100.

    Urubuga https://www.monumentaltrees.com/ ruvuga ko sequoia (Sequoia sempervirens) ya mbere ku isi mu burebure ifite metero 115.55, ikaba iri mu ishyamba rya Redwood Mountain muri Pariki ya Kings Canyon muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.

    Ntabwo ari sequoias gusa zikunze kuba ndende cyangwa nini cyangwa kuramba zonyine, kuko hari ibindi biti byo mu bwoko bwa Pseudotsuga menziesii birimo ikizwi nka Brummit fir cyabaye kirekire kugera kuri metero 100.3 ndetse n’inturusu yo muri Australia y’amajyepfo ishobora kurenza metero 97.

    Urubuga monumentaltrees.com rukomeza ruvuga ko mu bijyanye n’umubyimba munini cyane, ibyitwa ‘Baobab’ byo mu mashyamba ya Afurika ndetse na Cypres zo muri Mexique ngo bishobora guhinguranwa n’umurongo ugororotse unyura hagati muri byo(diameter) ureshya na metero 11.42.

    Uburyo umuntu aba angana ari iruhande rwa General Sherman
    Uburyo umuntu aba angana ari iruhande rwa General Sherman

    Mu burambe na ho, pinusi yitwa Bristlecone cyangwa cyprès byo muri Amerika y’Epfo byo ngo birimo ibishobora kuba bimaze imyaka igera ku 5,000.

    Bene ibyo biti byagiye bitemwa mu myaka ya vuba, birimo icyitwaga Mathusalem cyo mu bwoko bwa Pinus Bristlecone cyahoze mu misozi yitwa White Moutains yo muri California, kikaba cyaratemwe muri 2008 cyari kimaze imyaka 4,800 (Yesu yavutse asanga kimaze imyaka irenga 2,800 kibayeho).

    Mu bihugu by’i Burayi, nko mu Bwongereza no mu Budage, hari aho abantu bagiye batinya ibiti bya kera bitewe n’imyemerere, bakishyiramo ko baramutse babitemye byabakururira urupfu.

    Ibyinshi muri ibyo biti bikaba byaratemwe mu gihe ubukirisitu bwari bwadutse kuri uwo mugabane, kuko byafatwaga nk’ikimenyetso cy’ubuhakanamana nk’uko urubuga monumentaltrees.com rukomeza rubisobanura.

    Ibiti bitwikira ubuso bunini cyane

    Uretse uburebure buhambaye, ubunini mu mubyimba n’uburambe, hari ibiti bigira amashami maremare yubaka ikimeze nk’igisenge cyangwa umutaka watwikira abantu benshi cyane, mu gihe bugamye izuba.

    Ficus Benghalensis, igiti kibasha no kwimuka aho cyatewe
    Ficus Benghalensis, igiti kibasha no kwimuka aho cyatewe

    Igiti kiza ku isonga mu kugira igisenge kinini ni icyo mu bwoko bwa Ficus benghalensis kiri mu baturage bitwa Howrah bo mu gihugu cy’u Buhinde, igicucu cyacyo kikaba gitwikira ubuso bungana na metero kare 1200 (m2).

    Kugira ngo amashami y’ibi biti atavunika, hari aho agera akamanura imizi ishorera mu bitaka ikamera nk’inkingi ziyateze, bikamera nk’aho ya mizi ihinduka nk’uruti (tige).

    Hagera n’igihe uruti rwatangiye ari umuzi rwikorera cya giti cyose rugasimbura uruti rwa mbere rwateranywe na cyo (kubera kugenda ruranda,randa), bikaza kurangira igiti cyose cyarimutse aho cyari gitewe.

    Mu busitani bwitwa Palerme muri Sicile ho mu Butaliyani igiti cyitwa ‘bosquet’ cyamaze kwimuka kijya hakurya y’akayira kakinyura iruhande, ndetse umubyimba wacyo watangiye ari umuzi ukaba warabaye inganzamarumbo y’ubugari bwa metero 13.5(m).

    Ibiti bya kera mu Rwanda

    Nta bushakashatsi burakorwa mu Rwanda ngo hamenyekane aho igiti cya kera cyane giherereye ndetse n’imyaka kimaze kibayeho, ariko uko byagenda kose kiri muri Pariki ya Nyungwe, nk’uko uwari Senateri Bizimana Jean Baptiste wagize se w’umwiru ku ngoma ya Rudahigwa abisobanura.

    Bizimana avuga ko ibiti bya kera mu Rwanda ari imivumu, imirehe, imitaba n’ibindi bijya bimara imyaka iri hagati ya 200-300, ariko na byo bikaba byaboneka muri Nyungwe kuko ahandi abantu babitema bashaka bakabikoresha imirimo inyuranye.

    Icyakora i Rutare mu Karere ka Gicumbi ngo haracyari ikigabiro cy’umurehe cyatewe ku ngoma y’umwami Kigeli III Ndabarasa wategetse u Rwanda mu myaka ya 1708 – 1741.

    Muri Nyungwe y
    Muri Nyungwe y’u Rwanda na ho hashobora kuba harimo ibiti bya kera cyane

    Bizimana yakomeje agira ati “Ibiti bya kera byo bishobora kuboneka muri Nyungwe abantu baramutse babikozeho ubushakatsi, ahandi byaracitse ariko imisozi byari biriho isigarana amazina yabyo”.

    Sen Bizimana atanga urugero ko imisozi nka Kimironko, Kimihurura, Kimisange, Kimisagara, Nyamyumba n’indi, yitirirwa ibimera byahahoze ariko ubu bikaba bitakiboneka. “Nyamara nta n’ubwo byashoboraga kona imirima, bagakwiye kuba barabibungabunze bakabireka”.

    source : https://ift.tt/3zyGYWt