Tag: featured

  • Abarangije amasomo muri KETHA bagaragarijwe imyitwarire myiza nk’ipfundo ry’ubuzima bifuza – #rwanda #RwOT

    Izo mpanuro bazihawe n’Umukozi ushinzwe Ubwikorezi mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), Minani Callixte, kuri uyu wa 1 Ukuboza 2021.

    Minani yagaragaje ko ubumenyi bwose umuntu yaba afite, ariko akagira imyitwarire idahwitse ntacyo bumugezaho.

    Ati “Burya n’iyo waba uri umuhanga gute ariko ukaba ufite imyitwarire mibi, ntacyo byakugezaho. Wazasanga ubuzima bubaye bubi.”

    Abo banyeshuri basoje mu masomo ajyanye no gutegura amafunguro, akaba ari bo mbere KETHA ihaye impamyabushobozi. Magingo aya, barindwi muri bo babengutswe na hoteli bagiye gukoreramo imenyerezamwuga, bakaba batangiye Ukuboza babarwa nk’abakozi bazo.

    Minani yakomeje agira ati “Birumvikana ko dukora amakosa kenshi, ariko noneho aha tugeze nitujya mu murongo mwiza, tugakora ibyiza bizatuma ubuzima bwacu bugenda neza, bimwe byo gufasha umuryango ukawuteza imbere, abaturanyi n’igihugu muri rusange bigende neza.”

    Guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro ni imwe mu ngamba Leta y’u Rwanda yiyemeje gushyiramo ingufu hagamijwe guhangana n’ubushomeri kuko benshi mu bayarangiza baba bafite ubushobozi bwo kwihangira imirimo.

    Minani yavuze ko kubona urubyiruko rukora rugateza imbere igihugu biteye ishema, mu gihe kurubona rwicaye ari ingorane cyane cyane ku babyeyi.

    Ati “Izi gahunda zo kwigisha urubyiruko imyuga kugira ngo rushobore kwibeshaho no kwitegurira imibereho myiza ni igisubizo gituma ruba ishema n’isoko y’ibyishimo ku babyeyi n’igihugu aho kuba umutwaro n’imihangayiko idashira.”

    Bamwe muri abo banyeshuri bashimangiye ko impanuro bahawe bazazigenderaho mu buzima bwabo bugiye gukomereza ku isoko ry’umurimo.

    Kirezi Audace yavuze ko ubumenyi yahawe atabutezeho gushakira akazi muri hoteli gusa kuko no mu gihe yazaba ari mu rugo, buzamufasha mu kuzuzanya n’umugore.

    Yakomeje ati “Ubushobozi turabufite usibye ikibazo gihari cya COVID-19 cyugarije u Rwanda n’Isi muri rusange.”

    Umuyobozi wa KETHA, Habimana Alphonse, yatangaje ko amezi atandatu abo banyeshuri bize agabanyijemo kabiri, aho bamaze amezi atatu mu ishuri andi bakayamara bimenyereza umwuga muri za hoteli.

    Uretse amasomo ajyanye no gutegura amafunguro, iryo shuri rinigisha abanyeshuri barangije icyiciro rusange (Tronc Commun) bagiye mu mwaka wa kane n’uwa gatanu mu by’ubukerarugendo n’amahoteli.

    Habimana yagize ati “Urubyiruko rurabyitabira cyane kubera ko bihita birwinjiza mu muryango w’isoko ry’umurimo. […] Bize neza kandi bitwaye neza mu imenyerezamwuga, dufite icyizere ko byanze bikunze bagomba guhita babona akazi.”

    Yahishuye ko nubwo ari abanyeshuri 30 gusa bashyikirijwe impamyabushobozi, abamaze gusoza amasomo muri iryo shuri bageze ku 100. Abandi bazazihabwa mu minsi iri imbere.

    Ubushakashatsi bwakozwe mu 2019 bwiswe ‘Tracer Survey and Employers Satisfaction Survey’ bwerekanye ko 66% by’abarangiza mu mashuri y’imyuga n’ubumenyigiro (64,9% muri TVET na 75,2% muri Polytechnic) babona akazi nibura mu gihe kitarenze amezi atandatu nyuma yo kwinjira ku isoko ry’umurimo.

    Abanyeshuri KETHA yahaye impamyabushobozi ni 30

    Ifoto y’urwibutso yafashwe abarimu bari hamwe n’abayobozi bitabiriye uwo muhango

    Abanyeshuri barangije amasomo yabo basabwe kugira imyitwarire myiza kuko izatuma bagera ku nzozi zabo

    KETHA isanzwe yakira abanyeshuri barangije icyiciro rusange

    Umukozi ushinzwe Ubwikorezi mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro, RTB, Minani Callixte, yasabye urubyiruko kurangwa n’imyitwarire ihwitse kugira ngo rugere ku ndoto zarwo

    Umunyeshuri washimiye abayobozi mu izina rya bagenzi be barangizanyije amasomo

    Umuyobozi wa KETHA Habimana Alphonse yashimiye abafatanyabikorwa babo barimo amahoteli na RTB

    Amafoto: Dufitumukiza Salathiel


    source : https://ift.tt/3obTokm

  • Ibyo wamenya ku ngamba zizafasha u Rwanda kurandura SIDA mu 2030 – #rwanda #RwOT

    Ni umunsi wizihijwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Ukuboza 2021, wizihirizwa mu Karere ka Nyagatare aho wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Dufatanye turandure SIDA.”

    SIDA ni icyorezo kimaze imyaka 40 mu Rwanda, mu gihe u Rwanda rumaze imyaka 33 rwifatanya n’Isi mu kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga wahariwe kukirwanya. Kuri ubu Abanyarwanda barenga ibihumbi 200 bafata imiti igabanya ubukana bwa SIDA.

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr. Nsanzimana Sabin, yavuze ko abarenga 85% bipimishije SIDA mu Rwanda mu mibare mishya, agaragaza ko mu basanzwe babana n’iki cyorezo, abarenga 95% bafata imiti igabanya ubukana, mu gihe abarenga 90% bafata imiti izatuma Virus iba nke ku buryo batakaza ubushobozi bwo kwanduza ugereranyije n’udafata imiti.

    Yavuze ko ikibazo gisigaye kuri ubu kiri mu rubyiruko kuko ari rwo rwiganje mu bafata imiti nabi, ibituma iyi Virus itagabanuka mu mubiri wabo kuko bafata imiti nabi.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, yavuze ko Leta yegereje abaturage serivisi zitandukanye zirimo kubigisha, ubujyanama mu gupima kugira ngo buri wese amenye uko ahagaze.

    Yashimangiye ko abasanze baramaze kwandura bahabwa serivisi yo guhabwa imiti no kuyegerezwa nta kiguzi, ndetse ibi bikaba biri gukorwa no muri iki gihe u Rwanda n’Isi bihanganye n’icyorezo cya COVID-19.

    Ati “Tuzakomeza gukora kugira ngo serivisi zo kwirinda kwandura SIDA ndetse no kwita ku bafite Virus bahabwa imiti, izo serivisi zikomeza gutangwa neza no muri ibi bihe dukomeje guhangana n’iki cyorezo cya Coronavirus.”

    Uyu muyobozi yagarutse ku bikorwa bizatuma u Rwanda rurandura Virus itera SIDA mu 2030, ati “Icya mbere abaturarwanda 95% bafite Virus itera SIDA bazaba bazi uko bahagaze, indi ntego ni uko 95% bamaze kwipimisha bakagaragarwaho n’ubwo bwandu, bazatangira gufata imiti,”

    Yakomereje ku ngamba ya gatatu, ati “Mu bafata imiti, turifuza ko 95% bagera ku gipimo washaka Virus mu maraso yabo ukayibura kuko baba bafata imiti neza.”

    Yavuze ko mu banyarwanda basaga ibihumbi 200 bafata imiti igabanya ubukana bwa SIDA bivuze ko nibura 86% by’abayirwaye babizi neza ko bafite ubwo bwandu ku buryo bizoroha kubakurikirana.

    Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman, yavuze ko iki gihugu kimaze gushora miliyari 1,6$ mu kugura ibikoresho no gutanga ubuvuzi bijyanye no guhangana na SIDA.

    Ati “Ubufatanye twagiranye bwatanze umusaruro ushimishije, icya mbere abantu ibihumbi 200 babona imiti igabanya ubukana bwa SIDA, icya kabiri munsi y’abagore 2% gusa nibo banduza abana babo mu gihe cyo kubyara, icya gatatu uyu mwaka abana b’imfubyi, abatishoboye, abangavu n’abagore bakiri bato barenga ibihumbi 300 bahawe ubuvuzi bubafasha.”

    Ambasaderi Vrooman yijeje u Rwanda ko igihugu ahagarariye kizakomeza mu bufatanye bwo kurwanya SIDA no mu bindi bikorwa.

    Kuri ubu u Rwanda rwatangije ubukangurambaga buzamara amezi atatu bugamije gushishikariza abaturage kwirinda SIDA.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yagaragaje ingamba zizatuma Leta irandura SIDA mu baturage mu 2030

    source : https://ift.tt/3rtKOzK

  • Abarangije amasomo muri KETHA bagaragarijwe ko imyitwarire myiza ari ipfundo ry’ubuzima bifuza – #rwanda #RwOT

    Izo mpanuro bazihawe n’Umukozi ushinzwe Ubwikorezi mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), Minani Callixte, kuri uyu wa 1 Ukuboza 2021.

    Minani yagaragaje ko ubumenyi bwose umuntu yaba afite, ariko akagira imyitwarire idahwitse ntacyo bumugezaho.

    Ati “Burya n’iyo waba uri umuhanga gute ariko ukaba ufite imyitwarire mibi, ntacyo byakugezaho. Wazasanga ubuzima bubaye bubi.”

    Abo banyeshuri basoje mu masomo ajyanye no gutegura amafunguro, akaba ari bo mbere KETHA ihaye impamyabushobozi. Magingo aya, barindwi muri bo babengutswe na hoteli bagiye gukoreramo imenyerezamwuga, bakaba batangiye Ukuboza babarwa nk’abakozi bazo.

    Minani yakomeje agira ati “Birumvikana ko dukora amakosa kenshi, ariko noneho aha tugeze nitujya mu murongo mwiza, tugakora ibyiza bizatuma ubuzima bwacu bugenda neza, bimwe byo gufasha umuryango ukawuteza imbere, abaturanyi n’igihugu muri rusange bigende neza.”

    Guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro ni imwe mu ngamba Leta y’u Rwanda yiyemeje gushyiramo ingufu hagamijwe guhangana n’ubushomeri kuko benshi mu bayarangiza baba bafite ubushobozi bwo kwihangira imirimo.

    Minani yavuze ko kubona urubyiruko rukora rugateza imbere igihugu biteye ishema, mu gihe kurubona rwicaye ari ingorane cyane cyane ku babyeyi.

    Ati “Izi gahunda zo kwigisha urubyiruko imyuga kugira ngo rushobore kwibeshaho no kwitegurira imibereho myiza ni igisubizo gituma ruba ishema n’isoko y’ibyishimo ku babyeyi n’igihugu aho kuba umutwaro n’imihangayiko idashira.”

    Bamwe muri abo banyeshuri bashimangiye ko impanuro bahawe bazazigenderaho mu buzima bwabo bugiye gukomereza ku isoko ry’umurimo.

    Kirezi Audace yavuze ko ubumenyi yahawe atabutezeho gushakira akazi muri hoteli gusa kuko no mu gihe yazaba ari mu rugo, buzamufasha mu kuzuzanya n’umugore.

    Yakomeje ati “Ubushobozi turabufite usibye ikibazo gihari cya COVID-19 cyugarije u Rwanda n’Isi muri rusange.”

    Umuyobozi wa KETHA, Habimana Alphonse, yatangaje ko amezi atandatu abo banyeshuri bize agabanyijemo kabiri, aho bamaze amezi atatu mu ishuri andi bakayamara bimenyereza umwuga muri za hoteli.

    Uretse amasomo ajyanye no gutegura amafunguro, iryo shuri rinigisha abanyeshuri barangije icyiciro rusange (Tronc Commun) bagiye mu mwaka wa kane n’uwa gatanu mu by’ubukerarugendo n’amahoteli.

    Habimana yagize ati “Urubyiruko rurabyitabira cyane kubera ko bihita birwinjiza mu muryango w’isoko ry’umurimo. […] Bize neza kandi bitwaye neza mu imenyerezamwuga, dufite icyizere ko byanze bikunze bagomba guhita babona akazi.”

    Yahishuye ko nubwo ari abanyeshuri 30 gusa bashyikirijwe impamyabushobozi, abamaze gusoza amasomo muri iryo shuri bageze ku 100. Abandi bazazihabwa mu minsi iri imbere.

    Ubushakashatsi bwakozwe mu 2019 bwiswe ‘Tracer Survey and Employers Satisfaction Survey’ bwerekanye ko 66% by’abarangiza mu mashuri y’imyuga n’ubumenyigiro (64,9% muri TVET na 75,2% muri Polytechnic) babona akazi nibura mu gihe kitarenze amezi atandatu nyuma yo kwinjira ku isoko ry’umurimo.

    Abanyeshuri KETHA yahaye impamyabushobozi ni 30

    Ifoto y’urwibutso yafashwe abarimu bari hamwe n’abayobozi bitabiriye uwo muhango

    Abanyeshuri barangije amasomo yabo basabwe kugira imyitwarire myiza kuko izatuma bagera ku nzozi zabo

    KETHA isanzwe yakira abanyeshuri barangije icyiciro rusange

    Umukozi ushinzwe Ubwikorezi mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro, RTB, Minani Callixte, yasabye urubyiruko kurangwa n’imyitwarire ihwitse kugira ngo rugere ku ndoto zarwo

    Umunyeshuri washimiye abayobozi mu izina rya bagenzi be barangizanyije amasomo

    Umuyobozi wa KETHA Habimana Alphonse yashimiye abafatanyabikorwa babo barimo amahoteli na RTB

    Amafoto: Dufitumukiza Salathiel


    source : https://ift.tt/3IeQHGE

  • Perezida Kagame asanga ibihugu bya Afurika bidakwiriye kuzira kuba byaravugishije ukuri kuri virusi ya Omicron #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yagize ati “Ndemeranya n’ibyo Perezida wa Afurika y’Epfo aherutse gutangaza, avuga ko nka Afurika y’Epfo yazize gukorera mu mucyo, igashyira ahabona amakuru babonye, kandi nyamara abandi bayabonye mbere bo bararyumyeho”.

    Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo u Rwanda na rwo rwahagaritse ingendo z’indege ziruhuza na bimwe muri ibyo bihugu, icyemezo cyarwo ntaho gihuriye no guha akato ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo.

    Yagize ati “Ku ruhande rwacu nk’u Rwanda, twagombaga gufata ingamba haba imbere mu gihugu, ariko no ku mipaka. Impamvu yabyo, ni uko mu ngendo z’indege zituruka muri Afurika y’Epfo baza i Kigali, si ho basoreza urugendo rwabo, ahubwo abenshi muri bo bahanyura bagiye mu bindi byerekezo. Ubwo rero hari kuba ikibazo mu bukungu iyo dukomeza kujyayo. Nta bagenzi twari kubona, kuko ubusanzwe abenshi bataba baje mu Rwanda. Ariko nanone iyo dutwara abagenzi bajyayo bavuye hano, indege yari kujya igaruka nta bagenzi ifite, bikadutera igihombo”.

    Perezida Kagame avuga ko kubera ibyo byose ari yo mpamvu bafashe icyemezo cyo kuba bahagaritse ingendo zerekeza muri ibyo bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo , kugira ngo babanze barebe aho ibintu byerekera ku rwego rw’Isi.

    Iyo nama ibaye mu gihe urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere bwahuye n’ingaruka zikomeye kubera icyorezo cya Covid-19,kuko mu mwaka wa 2020, ku rwego rw’Isi, ingendo z’indege zagabanutseho 60%,naho muri Afurika honyine urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere rwahombye agera kuri Miliyari icumi z’Amadolari ya Amerika, bikaba biteganyijwe ko muri uyu mwaka wa 2021, icyo gihombo kizagabanuka gato, kikagera kuri Miliyari zisaga umunani z’Amadolari ya Amerika.

    Perezida Kagame yavuze ko gukuraho inzitizi zose zo mu bwikorezi bwo mu kirere zafasha kwigobotora mu buryo burambye, ingaruka z’icyorezo cya Covid-19, bikanoroshya ibikorwa by’isoko rusange ku rwego rwa Afurika.

    Yagize ati “Munyemerere ntange igikerezo ku ntambwe zikwiye guterwa mu kwihutisha amasezerano y’isoko ry’ubwikorezi bwo mu kirere ku mugabane wa Afurika. Icya mbere ni uko, ishoramari mu bikorwa remezo ari ingenzi cyane. Urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere mu Rwanda rukomeje kwaguka, by’umwahariko binyuze mu kongerera ubushobozi RwandAir ndetse no kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege gishya, iryo shoramari rishyigikira ubuhahirane muri Afurika, rikanuzuza icyerekezo cy’u Rwanda cyo gukuraho visa ku bavandimwe bacu b’Abanyafurika ndetse n’abandi bagenzi baturuka hanze y’Umugabane wacu”.

    Kureba andi mafoto menshi y’iyi nama, kanda HANO

    Kurikira ubutumwa bwa Perezida Kagame muri iyi video:

    source : https://ift.tt/3rsvbZ1

  • Senegal: Bizihije isabukuru y’imyaka 10 Ambasade y’u Rwanda imaze ifunguwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umushyitsi Mukuru muri ibyo birori byo kwizihiza iyo sabukuru ni Dr UWERA Claudine, Umunyamabaganga wa Leta ushinzwe Igenamigambi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi y’u Rwanda ni we wari Umushyitsi mukuru, akaba yari i Dakar mu nama ya 8 y’Abaminisitiri ihuza u Bushinwa n’Ibihugu bya Afurika ku bijyanye n’Ubutwererane. Iyo nama yabaye kuva tariki ya 28 kugeza tariki 30 Ugushyingo 2021.

    Ibyo birori byitabiriwe kandi n’intumwa za Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Senegal n’Abanyasenegal baba mu Mahanga ; abahagarariye ibihugu n’Imiryango Mpuzamahanga muri Senegal, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda zirimo n’Abashoramari.

    Dr UWERA Claudine, Umunyamabaganga wa Leta ushinzwe Igenamigambi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yagaragaje ko u Rwanda na Senegal ari ibihugu bifitanye umubano w’igihe kirekire. Yagarutse ku ngendo z’Abakuru b’Ibihugu, izo Perezida Paul KAGAME yagiriye mu Gihugu cya Senegal n’izo Perezida Macky SALL yagiriye mu Rwanda bigaragaza umubano ukomeye uri hagati y’ibihugu byombi bikanashimangirwa n’uko ibihugu byombi bifite za Ambasade zibihagarariye muri ibyo bihugu.


    Yagaragaje ko mu rwego rw’ubufatanye hasinywe amasezerano mu nzego zitandukanye kandi akaba ashyirwa mu bikorwa. Isabukuru na yo ikaba ije kugaragaza no gushimangira uwo mubano uri hagati y’ibihugu byombi kandi hari n’ubushake bwo gusinya andi hagamijwe gukomeza guteza imbere umubano mu bya politiki, ubukungu, umuco n’ubumenyi n’ikoranabuhanga. Yagarutse ku mateka igihugu cyanyuzemo n’uko cyagiye kiyubaka hifashishijwe indangagaciro ziri mu muco w’Abanyarwanda zabafashije kwishakamo ibisubizo byaturutse kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aho nyuma yayo Abanyarwanda biyemeje kubumbatira ubumwe bwabo, kubazwa ibyo bashinzwe, kureba kure no kwagura amarembo.

    Malick DIOUF, Umujyanama wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Abanyasenegal baba mu Mahanga w’Igihugu cya Senegal wari umuhagarariye mu birori byo kwizihiza iyo sabukuru, yagaragaje ko u Rwanda na Senegal bifitanye umubano mwiza cyane, kandi biteguye gukomeza kuwushimangira ukarushaho kugirira akamaro abaturage b’Igihugu byombi.

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, Karabaranga Jean Pierre yagarutse ku bikorwa Ambasade yibanzeho mu myaka 10 ishize n’uruhare rw’abantu batandukanye barimo ubuyobozi bw’Igihugu cya Senegal, Abahagarariye Ibihugu n’Imiryango Mpuzamahanga mu Rwanda, inshuti z’u Rwanda n’Abanyarwanda baba muri Senegal. Muri ibyo bikorwa birimo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, Umunsi wo Kwibohora, Umunsi w’Intwari, Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, Umunsi wa Afurika, Umuganda, n’izindi gahunda z’Igihugu harimo gahunda zigenerwa urubyiruko, Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, gahunda ya ‘Come and See’ n’izindi. Yibukije ko ibi birori babikesha Perezida wa Republika y’u Rwanda wafunguye Ambasade y’u Rwanda muri Senegal kugira ngo ishimangire ubucuti n’umubano mwiza w’u Rwanda na Senegal muri 2011, asaba abanyarwanda baba muri icyo gihugu (Diaspora) kuzahora bazirikana icyo gihango igihe cyose.

    Yashimiye kandi abashoramari bo mu Gihugu cya Senegal ko bagaragaza ubushake bwo gushora imari mu Rwanda anashishikariza n’abandi gusura u Rwanda mu rwego rwo kwirebera amahirwe ahari mu kuhashora imari ndetse no gusura ibyiza bitatse Igihugu.

    Uhagarariye Abahagarariye Ibihugu n’Imiryango Mpuzamahanga muri Senegal, Jean KOE NTONGA, Ambasaderi w’Igihugu cya Cameroun muri Senegal, yagaragaje ko Ambasade y’u Rwanda muri Senegal yagize uruhare rukomeye mu kurushaho kubaka ubumwe bw’abahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango mpuzamahanga muri Senegal, mu gutanga ibitekerezo mu nama bahuriramo by’umwihariko kuba igihe cyose yabatumiraga muri gahunda zitandukanye itegura zirimo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Umunsi w’Intwari, Umunsi wo Kwibohora bikaba byaratumye basobanukirwa neza uko igihugu cyiyubatse.

    Umuyobozi w’Urugaga rw’Abashoramari mu Gihugu cya Senegal, Babacar NGOM yagaragaje ko u Rwanda ari igihugu cy’intangarugero muri byinshi harimo umutekano, isuku, kwihutisha serivisi n’amahirwe menshi mu ishoramari n’ibindi, byose byubakiye ku buyobozi bwiza igihugu gifite.

    Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 10, hanatanzwe ibihembo ku irushanwa ryateguwe binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga (Online Quiz competition) ryari rigamije kurushaho kumenyekanisha u Rwanda by’umwihariko gukangurira abantu gusura u Rwanda no kurushoramo imari. Ibyo bibazo byibanze cyane ku mateka y’u Rwanda, Ubuyobozi bwiza bw’u Rwanda, Imibanire myiza y’u Rwanda na Senegal, Ishoramari mu Rwanda, Ubukerarugendo mu Rwanda na Gahunda ya #Made In Rwanda.

    Abahize abandi mu gusubiza neza bahembwe amatike y
    Abahize abandi mu gusubiza neza bahembwe amatike y’indege bazakoresha basura u Rwanda

    Batatu ba mbere mu batsinze bahawe ibihembo birimo amatike y’indege yo kubazana gusura u Rwanda yatanzwe na RwandAir, gucumbikirwa muri zimwe muri hoteli zikomeye mu Rwanda no gusura za Pariki n’ingoro ndangamurage z’u Rwanda, byose Ambasade ikaba yarabifashijwemo n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB). Batatu barushije abandi ni Lo Fatoumata Bintou Cecile, Amadou Wade na Ndeye Khardiata Gaye.

    Hatsinze kandi Arsene Gasana, Jacques Sindayigaya na Cheikh Bassirou Diagne bahembwe telefoni zigendanwa zikorerwa mu Rwanda za Mara phone. Ikindi cyiciro kigizwe n’abantu 50 gihabwa icyayi n’ikawa by’u Rwanda byatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga
    ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB).

    Umuhanzi Massamba Intore yaririmbiye abitabiriye ibi birori
    Umuhanzi Massamba Intore yaririmbiye abitabiriye ibi birori

    source : https://ift.tt/3rquf7C

  • Polisi mu Buholandi yafashe umugabo n’umugore we bari batorotse aho bashyizwe mu kato #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibiro ntamakuru by’Abafaransa AFP, byatangaje ko abo bafashwe bahunga akato bari bashyizwemo, ari umugabo ufite imyaka 30 y’amavuko ukomoka muri Esipanye n’umugore we w’imyaka 28 ukomoka muri Portugal, ngo bakaba barageze i Amsterdam baturutse muri Afurika y’Epfo ahavugwa virusi iteye impungenge yiswe ‘Omicron’.

    Stan Verberkt, Umuvugizi wa Polisi y’aho mu Buholandi yabwiye CNN dukesha iyi nkuru ati “Polisi yafashe abo bashakanye ubwo bari bahunze hoteli bari bashyizwemo mu kato”.

    Gusa Polisi ntiyigeze itangaza niba, abo bari batorotse bafite iyo virusi cyangwa se niba batayifite.

    Abo bafashwe bahunze hoteli bari bashyize mu kato, ngo bari bamwe mu bagenzi 600 bari mu ndege ebyiri zari zivuye muri Afurika y’Epfo, nyuma bageze i Amsterdam barapimwa basanga 61 muri bo bafite Covid-19, abandi 13 muri bo bafite virusi ya Omicron.

    Uwo mugabo n’Umugore we bafatiwe mu ndege yari igiye kujya muri Esipanye nyuma bahita bajyanwa mu kigo gishinzwe ubuzima nk’uko byatangajwe n’uwo muvugizi wa Polisi.

    Inzego z’ubuzima mu Buholandi zikomeje gupima abo bagenzi baje baturutse muri Afurika y’Epfo, kugira ngo barebe niba, nta bandi bafite iyo virusi nshya ya Omicron.

    U Buholandi ni kimwe mu bihugu byahagaritse ingendo ziva cyangwa zijya mu bihugu byo mu Majyepfo ya Afurika,nyuma y’uko hatangajwe iyo virusi nshya ya Omicron.

    source : https://ift.tt/3dawL9G

  • Baranenga abahohotera abafite ubumuga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Akenshi ngo usanga urubyiruko rufite ubumuga ruturuka mu miryango ikennye, rudakunze kugira amakuru ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere bigaterwa n’uko bahezwa inyuma ku buryo batamenya aho bashobora kujya kubariza ibibazo bijyanye n’ubuzima bwabo.

    Abafite ubumuga bukomatanyije akenshi ngo ni bo bakunze guhura n
    Abafite ubumuga bukomatanyije akenshi ngo ni bo bakunze guhura n’ibibazo byo gukorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina kurusha abandi

    Zimwe mu mpamvu zituma bakunze gukorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ngo ni uko bakunze guhezwa, ntibitabweho, ntibanaganirizwe, bityo bigatuma bahura n’ibibazo byinshi, ahubwo nyuma y’uko bahura n’ibibazo, bakaba aribwo batangira kwegerwa no kuganirizwa.

    Umwe muri urwo rubyiruko wo mu muryango Hope Iwacu Initiative, avuga ko yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari munsi y’imyaka 18.

    Ati “Nanjye ndi umwe mu bagezweho n’izo ngaruka, usanga abantu batwegera ibibazo byamaze kuba, ntabwo navuga ko hatabaho ubukangurambaga, ariko ntabwo bugera hose kandi ntabwo butugereraho igihe nk’urubyiruko. Abafite ubumuga bo mu miryango ikennye bitabweho. Njye nagize ikibazo cyo guhohoterwa mfatwa ku ngufu, munsi y’imyaka 18, hano ndavuga no ku babyeyi, kuko usanga n’amakimbirane aba mu miryango agira ingaruka no ku rubyiruko, urubyiruko ruba rufite umutima udatuje iyo mu ngo harimo intonganya”.

    Yamfashije avuga ko bakunze guhura n
    Yamfashije avuga ko bakunze guhura n’amagambo y’urucantege ku buryo iyo bahuye n’ubashyka bimworohera kuba yabakorera ihohotera rishingiye ku gitsina

    Daphrosa Yamfashije ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije, avuga ko bakunze guhura n’ibibazo by’uko abantu babafata bakabavugiraho amagambo yo kubapfobya bityo bagakurizamo kwiheba ku buryo iyo bahuye n’ibishuko badashobora kumenya uko babyitwaramo kubera ko nta bumenyi baba bafite ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

    Ati “Uratambuka ukumva bavuga ngo uriya se azabyara, azabona umugabo, iyo wumvise bavuga gutyo ukabona umuntu aje akubwira ngo aragukunda, wenda aranakubeshya, uravuga uti aya ni amahirwe ngize, kandi wenda arashaka kugufatirana. Icyo kibazo ni cyo gituma akenshi abantu bafite ubumuga bw’ubugufi bukabije nkanjye ubwanjye cyangwa n’abandi bagwa muri ibyo bishuko bagaterwa inda zitateganyijwe cyangwa se yisanze mu bindi bibazo”.

    Mu rwego rwo gufasha urubyiruko rufite ubumuga kubona ubumenyi ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, Ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR), ku bufatanye n’indi miryango, batangije gahunda yitwa ‘Make Way Programme’ izafasha urubyiruko by’umwihariko abafite ubumuga bukomatanyije nka kimwe mu byiciro bikunda guhura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kurusha abandi.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) Jean Damascene Nsengiyumva, avuga ko iyi gahunda izafasha urubyiruko rufite ubumuga mu buryo bwose bwo kwibona mu buzima bw’imyororokere.

    Nsengiyumva Jean Damascene avuga ko gahunda ya Make Way izafasha urubyiruko rufite ubumuga kurushaho kumenya ibijyanye n
    Nsengiyumva Jean Damascene avuga ko gahunda ya Make Way izafasha urubyiruko rufite ubumuga kurushaho kumenya ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere

    Ati “Urebye abantu bafite ubumuga cyane cyane urubyiruko, nta makuru bari bafite ahagije ku buzima bw’imyororokere, ‘Make Way’ rero iraza kubafasha kugira ngo bibone, babone amakuru ahagije, hanyuma na bo bagire uruhare kugira ngo ubuzima bwabo cyane cyane bujyanye n’imyororokere, bugerweho mu buryo bw’amategeko, ariko no mu bikorwa bisanzwe bya buri munsi.”

    ‘Make Way’ ngo ni gahunda izafasha urubyiruko rufite ubumuga kubona amakuru bakanahabwa umwanya wo kubigiramo uruhare, ariko kandi ngo izanahindura imyumvire ya ba bandi bafite imyumvire irebana n’uko umuntu ufite ubumuga ibjyanye n’ubuzima bw’imyororokere bitamureba, cyangwa se ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina atari uburenganzira bwe.

    N
    N’ubwo hari ibigikenewe, barashimira Leta y’u Rwanda kubera intambwe imaze guterwa mu kwita ku bafite ubumuga


    source : https://ift.tt/3rr6pbP

  • Rayon Sports na Gasogi zatakaje, AS Kigali na Police zibona atatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    I Nyamirambo, Muhadjili yafashije Police kubona amanota atatu

    Kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Police Fc yari yakiriye Marines Fc, umukino urangira Police Fc iwutsinze ku gitego 1-0 cyatsinzwe na Hakizimana Muhadjili ku munota wa 29 w’igice cya mbere.

    Rusizi, Rayon Sports yongeye gutsikira

    Ku kibuga cya Rusizi aho Rayon Sports idakunze gukura amanota atatu, yaje kuhanganyiriza na Espoir yaho ibitego 2-2.

    Rayon Sports yafunguye amazamu ku munota wa 20 ku gitego cyatsinzwe na Essomba Willy Onana, ESPOIR iza gutsinda ibitego bibiri byatsinzwe na Fred Muhozi ku munota wa 23 n’uwa 47.

    Onana watsindiye Rayon Sports igitego cya mbere
    Onana watsindiye Rayon Sports igitego cya mbere

    Rayon Sports yatsinze igitego cyo kwishyura ku munota wa 54 gitsinzwe na Niyigena Clément, ESPOIR iza kurata penaliti ku munota wa 84.

    I Rubavu, Kiyovu yabonye amanota atatu

    Kuri Stade Umuganda ku kibuga Etincelles yakiriraho, mu gihe iyi kipe itarabasha gutsinda umukino n’umwe, Kiyovu Sports yayihatsindiye ibitego 2-0, byatsinzwe na Bigirimana Abeddy ndetse na Ngendahimana Eric.


    Mu yindi mikino, AS Kigali yatsinze Gicumbi ibitego 2-1 i Gicumbi, Etoile de l’Est itsinda Gasogi United igitego 1-0, naho Bugesera na Rutsiro zinganya 0-0.

    Uko imikino y’uyu munsi yagenze

    Gicumbi FC 1-2 AS KIGALI
    Etincelles 0-2 KIYOVU SPORTS
    ESPOIR FC 2-2 RAYON SPORTS
    Etoile 1-0 Gasogi United
    Bugesera 0-0 Rutsiro FC
    Police FC 1-0 Marines FC

    source : https://ift.tt/3Gagf6h

  • Transparency International Rwanda yasabye ko inzego z’ibanze zasuzumwa uko zikoresha umutungo wa Leta #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri uwo mwaka Ingengo y’Imari ya Leta yahombejwe kubera kutubahiriza Amategeko n’imikorere yarengaga miliyari 391, hakaba na miliyari 560.6 yahombeye mu kutita ku bikoresho n’undi mutungo wa Leta, ndetse na miliyari zirenga 106.4 zitagaragajwe kubera kubika nabi ibitabo by’ibaruramari.

    Transparency ivuga ko mu gukora imihanda byonyine hahombeye miliyari 103.9, imishinga yahagaze itarangiye na yo yahombeje agera kuri miliyari 95 na miliyoni 400, kudakorera ku gihe imishinga y’ishoramari ry’uturere na byo ngo byahombeje agera kuri miliyari icyenda na miliyoni 863.

    TI-Rwanda ikomeza igaragaza ko habayeho gukererwa mu gihe kingana n’umwaka amafaranga agera kuri miliyari ebyiri na miliyoni 450 yagomba guhembwa abatishoboye bo muri VUP, ndetse n’amafaranga angana na miliyari 11 na miliyoni 254 yari yaragenewe kugaburirira abana ku ishuri na yo yakererejwe iminsi igera ku 139(amezi arenga ane).

    Umuryango Transparency International hamwe n’Abadepite bashinzwe gukurikirana imikoreshereze y’ingengo y’Imari ya Leta, basaba ko amafaranga yajya ava muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ahitira ku bagenerwabikorwa atabanje kunyuzwa mu zindi nzego zifatwa nk’izihagarariye abo bantu.

    Umuyobozi wa TI-Rwanda Ingabire Marie-Immaculée akomeza asaba Inzego zishinzwe Ubuyobozi bw’ibanze gukurikiranira hafi uburyo Ingengo y’Imari ya Leta ikoreshwa.

    Ingabire ati “Nta muntu uhari wo kubabaza ibyo bashinzwe, n’uwakabikoze ntabyitaho, amafaranga ya Leta bayanyanyagiza uko bashaka ariko muzanyereke ni abantu bangahe bagize inkurikizi ya bene ibyo bikorwa, urajya kubaka ihoteli ku Nkombo abantu bose bakureba, ni nde uzajya kurara ku Nkombo, ahashaka iyihe serivisi!”

    Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi avuga ko inzego z’ibanze zifashijwe na Minisiteri ayoboye, bagiye gushyira hamwe mu gukurikirana imikoreshereze y’ingengo y’Imari ya Leta ikoreshwa muri buri karere.

    Ati “Tugiye guhaguruka, hamwe n’Abayobozi b’Uturere bagiye mu nshingano dukorane n’abashinzwe gucunga umutungo (ba Gitifu b’Uturere n’Intara), dusuzume amakosa yagiye agaragara kugira atazongera kugaruka”.

    “Hari n’uburyo bwashyizweho bwo kugenzurana, aho abagenzuzi(auditeurs) bamwe bava mu ntara imwe bajya mu yindi, abo mu karere kamwe bakajya mu kandi, Njyanama na zo zizajya zisaba Raporo y’umugenzuzi w’imbere(muri buri rwego)”.

    Minisitiri Gatabazi avuga ko abagaragarwaho amakosa ya ruswa no kunyereza cyangwa gukoresha nabi umutungo wa Leta batazihanganirwa.

    source : https://ift.tt/3Dgnyau

  • Mu Rwanda hatangijwe icyumweru cyahariwe kuzirikana uburenganzira bwa muntu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye ibiganiro byo gutangiza icyumweru cy
    Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye ibiganiro byo gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge

    Iki cyumweru giteganijwemo ibikorwa bitandukanye bizagaruka ku nsanganyamatsiko ku rwego rw’Isi igira iti “KURESHYA: Kugabanya ubusumbane, guteza imbere uburenganzira bwa Muntu” EQUALITY: Reducing inequalities, advancing human rights”.

    Ibyo bikorwa bigamije gukangurira abantu ibikubiye mu itangazo mpuzamahanga ry’uburenganzira bwa Muntu n’ibigomba gukorwa kugira ngo hirindwe ubusumbane mu burenganzira no mu cyubahiro n’ingaruka zabwo.

    Mu kwizihiza iryo tangazo ku nshuro ya 73, Komisiyo yateguye ibiganiro bizahabwa abagize inama y’umutekano yaguye ku rwego rw’Intara zose bari kumwe n’abagize Komite ngishwanama yo kurwanya ruswa n’akarengane ku rwego rw’uturere ndetse na Komite z’urubyiruko rw’abakorerabushake ku rwego rw’Imirenge y’Umujyi wa Kigali bibakangurira ibikubiye mu itangangazo mpuzamahanga y’uburenganzira bwa Muntu mu kurwanya ubusumbane mu burenganzira no mu cyubahiro; gutanga ubutumwa buzanyuzwa kuri Radio na Televiziyo ku ruhare rw’inzego mu kurwanya ubusumbane no guteza imbere uburenganzira bwa Muntu.

    Itangazamakuru rirasabwa gukomeza kuba umuyoboro mwiza wo gusakaza ibikorwa bizaba mu cyumweru cyahariwe uburenganzira bwa Muntu, ribigeza ku baturage kandi ribakangurira gukomeza kubahiriza uburenganzira bwa buri wese. Rirasabwa kandi gusakaza ibikubiye mu Itangazo Mpuzamahanga ry’Uburenganzira bwa Muntu kugira ngo abantu barusheho kuyamenya no kuyubahiriza.

    Inzego zitandukanye cyane izegereye abaturage zirasabwa kubahiriza inshingano zo kurinda uburenganzira bwa buri wese kandi zikihatira kurwanya ubusumbane ubwo ari bwo bwose muri serivisi zitanga, kugira ngo uburenganzira bwa Muntu bukomeze butere imbere.

    Abaturarwanda barasabwa kugira uruhare mu kurinda no guteza imbere uburenganzira bwa Muntu harimo kugaragariza inzego zibishinzwe aho bwahutajwe, kandi bakuzuza inshingano zabo.

    source : https://ift.tt/3EbYvXt