Tag: featured

  • Ikigo gihugura abayobozi b’amashuri no kuzamura umushahara: Impinduka ku mibereho y’abarimu – #rwanda #RwOT

    Ntabwo umusaruro wa mwarimu ushobora kuba mwiza atahawe ibimufasha kugira ngo yigishe neza; birimo ibikorwaremezo, imfashanyigisho n’izindi gahunda zizamura imibereho ye ikarushaho kuba myiza.

    Iterambere rya mwarimu, usanga rihangayikishije benshi kuko nko mu Rwanda, hashingiwe kuri gahunda zitandukanye zashyizweho na Leta, mwarimu ni we ushingirwaho.

    Kuri ubu mwarimu ari ku isonga mu gushyira mu bikorwa gahunda nyinshi za Leta zigamije gukemura ibyo bibazo byo kubaka uburezi buhamye.

    Guverinoma y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kwita ku iterambere rya mwarimu, aho kuri ubu hashize imyaka itatu kuva mu 2019, abarimu b’amashuri abanza n’abo mu yisumbuye bongererwa 10% by’umushahara wabo wa buri kwezi.

    Ibi bikaba byakomeje no mu 2020 kandi no mu mwaka w’Ingengo y’Imari ya Leta wa 2021/2022 aya mafaranga 10% y’umushahara wa buri mwarimu akaba yarateganyijwe akazatangwa nubwo igihugu gihanganye n’ibihe bitoroshye byatewe n’icyorezo cya Covid-19.

    -  Hagiye gushyirwaho ikigo cyihariye gihugura abayobozi b’amashuri

    Mu Nama Mpuzamahanga ya 13 y’Ihuriro ry’Abarimu, iri kubera i Kigali hagati ya tariki 1-3 Ukuboza 2021, Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yavuze ko mu Rwanda hagiye kubakwa Ikigo Nyafurika cy’Icyitegererezo mu guhugura abayobozi b’amashuri.

    Ni ikigo cyitezweho kujya gihugura abayobozi b’amashuri kuva ku abanza kugera muri Kaminuza, hagamijwe kubaha ubumenyi butuma babasha kuyobora no gucunga neza amashuri.

    Minisitiri Dr Uwamariya yagize ati “Muri uwo murongo, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa turateganya gushyiraho Ikigo Nyafurika cyigisha kuyobora amashuri, kizaba gifite intego yo gufasha guverinoma za Afurika kubaka ubusobozi mu guteza imbere imiyoborere y’amashuri.”

    Yakomeje agira ati “Ni ibintu bizatuma umusaruro wiyongera, haba ku ruhande rwabo nk’abayobora amashuri ndetse no ku ruhande rw’abarimu baba bashinzwe kureberera.”

    Minisitiri Dr Uwamariya yavuze ko kugeza ubu ibiganiro n’abafatanyabikorwa batandukanye bigeze kure ku buryo hari icyizere ko iki kigo cyatangira mu bihe bya vuba.

    Yakomeje avuga ko hari n’andi mahugurwa asanzwe ahabwa abarimu, byose bigafasha mu kugira mwarimu ushoboye kandi ujyana by’umwihariko n’ibihe bigezweho cyane cyane ikoreshwa ry’ikoranabuhanga.

    Ati “Nko muri ibi bihe bya Covid-19, abarimu bagombaga gukoresha ikoranabuhanga mu kwigisha, icyo gihe icyo twakoze ni ugushyiraho gahunda ya mudasobwa imwe kuri buri mwarimu, ibyo kandi bikajyana no kubahugura bigishwa uko bashobora gukoresha izo mudasobwa mu gutanga amasomo.”

    Bamwe mu bayobozi b’abarimu bavuga ko kugeza ubu bari bagifite imbogamizi mu guhanga udushya ari nayo mpamvu amahugurwa nk’aya ari ingenzi kuko abenshi bataramenya neza ibijyanye n’ikoranabuhanga.

    Umuyobozi w’Ishuri Nderabarezi rya Zaza [TTC Zaza], Padiri Mushimiyimana Jean Paul, yabwiye IGIHE ko “Ibijyanye n’ikoranabuhanga ntabwo benshi barabimenya neza, ariko dushimira Leta n’abandi bafatanyabikorwa bashyira imbaraga mu guhugura abarimu kugira ngo za nshingano zabo bazishyire mu bikorwa uko bikwiye.”

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yavuze ko u Rwanda rukomeje gushyiraho gahunda nyinshi zigamije guteza imbere imibereho ya mwarimu

    -  Haracyari icyuho cy’abarimu

    Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), igaragaza ko nko mu bihugu byo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara hari icyuho cy’abarimu barenga miliyoni 15.

    Umuyobozi ushinzwe Iterambere rya Mwarimu muri UNESCO, Carlos Vargas-Tamez, avuga ko icyo cyuho gishingiye ku mpamvu ebyiri zirimo umushahara muto ndetse n’imiterere y’akazi k’ubwarimu.

    Ati “Kuba ku Isi hose hari ikibazo cy’ubuke bw’abarimu, birakomeye kubyumva ariko impamvu zibitera zirimo kuba amafaranga bahembwa akiri make ariko na za gahunda zigamije kubafasha zikaba zigishyirwamo amafaranga make.”

    Carlos Vargas avuga ko kugeza ubu ingengo y’imari ishyirwa mu rwego rw’uburezi ikiri ikibazo cyane kuko nibura yagakwiye kuba iri hagati ya 15-20% aho kuba hagati ya 3-6% by’ingengo y’imari y’ibihugu byose.

    Ati “Amafaranga ibihugu bishyira mu rwego rw’uburezi iyo urebye usanga akiri ikibazo gikomeye, ni bimwe mu bituma n’abarimu bahembwa make, bigatera icyo kibazo cyo kuba hari benshi bahitamo kwiga ibindi aho kwiga uburezi.”

    Guverinoma y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kuzamura urwego rw’imibereho ya mwarimu n’iterambere rye mu buryo bw’umwuga n’ubumenyi, aho umwarimu ubishaka kandi ubishoboye azafashwa kwiga akaminuza kugeza ku rwego rwa “Masters”.

    Binyuze muri iyi gahunda umwarimu yishyurirwa na Leta ikiguzi cyose cy’amasomo kugeza arangije kwiga kandi ntazishyuzwe ibyamutanzweho.

    Minisitiri Dr Uwamariya avuga ko iyi gahunda n’izindi zirimo kongera umushahara zitezweho gutuma hari benshi bakunda umwuga w’ubwarimu.

    Ibi bijyana kandi na gahunda ya Leta yo kongera umubare w’abarimu hagamijwe kugabanya umubare w’abanyeshuri umwarimu umwe aba agomba kwigisha.

    Nko mu mwaka ushize guverinoma yashyize mu myanya abarimu bashya bagera mu bihumbi 28 mu gihe muri uyu mwaka abashyizwe mu kazi ari ibihumbi 30.

    Mu Rwanda hateraniye inama yiga ku iterambere rya mwarimu by’umwihariko nyuma y’icyorezo cya Covid-19

    Abayobozi mu nzego zitandukanye by’umwihariko izifite aho zihuriye n’uburezi bari kuganira ku iterambere rya mwarimu muri Afurika no ku Isi hose

    Umuyobozi ushinzwe Iterambere rya Mwarimu muri UNESCO, Carlos Vargas Tamez na Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine baganiriye n’itangazamakuru nyuma y’inama yiga ku iterambere rya mwarimu

    Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gushyiraho gahunda zitandukanye zigamije guteza imbere imibereho y’umwarimu

    source : https://ift.tt/3lwJUOZ

  • Gatsibo: Polisi yafashe ucyekwaho guhiga inyamanswa akazica #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Yafatanywe ibiro 15 by’inyama z’imvubu bicyekwa ko yari avuye kuyica muri Pariki y’Akagera kuko yafashwe ariho aturutse.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko Hakizisuka yafatanwe inyama zuzuye umufuka.

    Yagize ati” Yafashwe agana iwe mu rugo abapolisi basanze afite umufuka urimo ibiro 15 by’inyama z’imvubu. Yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, Polisi yamufashe aturuka muri Pariki yerekeza iwe mu Mudugudu wa Munini.”

    CIP Twizeyimana yaburiye abantu bakora ibikorwa by’ubuhigi abibutsa ko bitemewe n’amategeko bityo abazajya babifatirwamo bazajya babihanirwa. Yashimiye abaturage batanze amakuru asaba n’abandi gukomeza gutanga amakuru ku muntu wese babonye yangiza ibidukikije cyangwa ahiga inyamanswa.

    Hakizisuka yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha we (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Rwimbogo kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko N°48/2018 ryo ku ya 13/08/2018, mu ngingo yaryo ya 44 ivuga ko hagamijwe kurengera ibinyabuzima, ibikorwa bikurikira birabujijwe: gutwika amashyamba, pariki z’Igihugu n’ibyanya; gutwika ibishanga, inzuri, ibihuru, ibyatsi hagamijwe ubuhinzi cyangwa gutunganya inzuri z’amatungo ndetse n’ibindi bikorwa ibyo aribyo byose byangiza ibidukikije birabujijwe.

    Ingingo ya 58 y’iri tegeko ivuga ko Umuntu wese uhiga, ugurisha, ukomeretsa cyangwa wica inyamaswa yo mu bwoko bw’inyamaswa bukomye n’ibizikomokaho, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW).

    source : https://ift.tt/3ddA53R

  • Amakipe 12 ni yo yemeje ko azitabira irushanwa “Gisagara Tournament 2021” #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gusoza irushanwa ry’abasora neza ryabaye mu mpera z’icyumweru dusoje, Federasiyo y’umukino wa Volleyball kubufatanye n’akarere ka Gisagara bongeye gutegura GISAGARA TOURNAMENT 2021 ryari ryarakomwe mu nkokora na covid-19.

    Gisagara VC izaba iri mu rugo muri aya marushanwa
    Gisagara VC izaba iri mu rugo muri aya marushanwa

    Amakipe nka APR y’abagore na IPRC ya Kigali nayo y’abagore ntizigaragara kuri uru rutonde rw’amkipe agomba guhatanira igisagara mu mpera ziki cyumweru.

    UVC yahoze yitwa UTB ni yo ifite igikombe giheruka muri 2019
    UVC yahoze yitwa UTB ni yo ifite igikombe giheruka muri 2019

    Iri rushanwa ubusanzwe ryatangiye ryakira abagabo gusa, nyuma yo kubyumvikanaho na Federasiyo y’umukino wa volleyball bemeranywa ko bagiye kujya bategura ibyiciro byombi.

    Amakipe 12 niyo amaze kwemera ko azitabira iri rushanwa risigaje iminsi ibiri gusa ngo ritangire

    Amakipe 12 yemeje ko azitabira
    Amakipe 12 yemeje ko azitabira

    ABAGABO

    - GISAGARA

    - UVC

    - KIREHE VC

    - IPRC NGOMA

    - APR VC

    - REG VC

    - KVC

    ABAGORE

    - UVC

    - RRA

    - RUHANGO VC

    - IPRC HUYE

    - KVC

    Rwanda Revenue iheruka gutwara igikombe cyitiriwe abasora
    Rwanda Revenue iheruka gutwara igikombe cyitiriwe abasora
    APR VC y
    APR VC y’abagore ntizitabira

    Tubibutse ko Gisagara tournament iheruka yari yegukanywe na UTB VC ubu yahindutse UVC nyuma yo kuva mu maboko ya kaminuza ya UTB.

    Biteganyijwe ko inama itegura irushanwa (Technical meeting) izaba kuri uyu wa Gatanu i Gisagara.


    source : https://ift.tt/31lJMdV

  • Abafite ubumuga 9% ntibaragerwaho na serivisi z’imari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    William Safari ushinzwe gahunda y
    William Safari ushinzwe gahunda y’uburezi muri NUDOR

    William Safari ushinzwe gahunda y’uburezi mu mpuzamiryango y’abafite ubumuga (NUDOR) avuga ko n’ubwo hari ibyakozwe mu iterambere ry’abafite ubumuga mu Rwanda, haracyari icyuho gikwiye kuzibwa kugira ngo serivisi igere kuri bose nk’uko Politiki y’u Rwanda ibivuga.

    Abishingira ku kuba mu bigo by’imari ndetse na banki zikigaragaramo ibibazo bikeneye kunozwa kugira ngo umuntu ufite ubumuga ahabwe serivisi kimwe nk’abandi.

    William ati: “Ibigo by’imari bimwe bituye kure kandi rimwe na rimwe bamwe mu bafite ubumuga ntibabasha kubigeraho cyangwa se n’ubashije kubigeraho agahura n’imbogamizi z’uko inyubako iba yubatse mu buryo ufite ubumuga atabasha kuyigeramo mu buryo bumworoheye ndetse n’abatanga serivisi mu bigo by’imari ntibasobanukiwe neza uburenganzira bw’abantu bafite ubumuga ni byo babafasha kugira ngo bagere ku byo bakeneyemo. Ikindi kandi ni imyumvire abatanga serivisi bafite aho rimwe na rimwe batumva uburyo umuntu ufite ubumuga yakoresha inguzanyo kuko baba batumva uburyo azayisubiza”.

    Avuga ko imyumvire ikwiye guhinduka, hagategurwa amahugurwa yo guhindura imyumvire y’abafite ububasha ku bigo by’imari ku buryo basobanukirwa ko abafite ubumuga na bo bakeneye gucuruza bagatera imbere.
    Yongeraho ko hakwiye gukosorwa bimwe mu bikoresho bikenerwa mu mabanki bigaha amahirwe angana kuri bose ku buryo n’ufite ubumuga abasha kubikoresha bitamugoye.

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’ikigo gishinzwe guteza imbere urwego rw’imari mu Rwanda (AFR) Iyacu Jean Bosco

    Ati: “Mu mashini za ATM muri banki twifuza ko hakongerwamo ijwi ku buryo riyobora umuntu ufite ubumuga bwo kutabona akabasha kuyikoresha mu ibanga yagenewe bidasabye ko afashwa, ndetse bakagerageza gutekereza uburyo ATM yakwigizwa hasi kuko akenshi usanga abafite ubumuga bw’ubugufi bukabije cyangwa ugendera mu igare atabasha kuyigeraho, impapuro zuzuzwa mu kubikuza, kubitsa n’ibindi mbese byose hajyemo uburyo bworohereza abafite ubumuga ugendeye ku byiciro bisangamo”.

    Umuyobozi w’ikigo gishinzwe guteza imbere urwego rw’imari mu Rwanda (AFR), Iyacu Jean Bosco, avuga ko ubushakashatsi bukorwa buri myaka ine, bugenda bugaragaza uburyo urwego rw’imari buhagaze mu Rwanda hibandwa ku byiciro bitandukanye aho kuri ubu bakoranye n’impuzamiryango (NUDOR) ureberera abafite ubumuga mu Rwanda, maze bukagaragaza ko 91% bahabwa serivisi z’imari ariko 9% bagasigara inyuma kandi na bo bakeneye kurebererwa.

    Ati: “91% n’ubwo bahabwa serivisi z’imari akenshi usanga ari ibimina runaka bibumbiyemo ariko mu ma banki ho ugasanga haracyari icyuho kinini cyagarutsweho no mu bushakashatsi kandi byagaragajwe ko hakenewe imbaraga nyinshi n’ubufatanye kugira ngo abafite ubumuga begerezwe serivisi z’ibigo by’imari ku rwego rungana n’urw’abanyarwanda bose muri rusange”.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) Nsengiyumva Jean Damascene avuga ko nyuma y’inama yakozwe ku wa 01 Ukuboza 2021, ibigo by’imari, abafatanyabikorwa na banki nkuru y’u Rwanda, hagiye gukorwa byinshi kugira ngo abafite ubumuga bose babashe na bo guhabwa serivisi zitangwa mu bigo by’imari.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w
    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite u Ubumuga mu Rwanda(NUDOR) Nsengiyumva Jean Damascene

    Ati: “Nyuma y’iyi nama hagiye gukorwa ku bukangurambaga no guhugura, bigamije guhindura imyumvire kugira ngo abakozi bakora mu bigo by’imari babashe gusobanukirwa uburenganzira bw’abafite ubumuga, kumubonamo ubushobozi bwo gukoresha imari”.

    Yongeraho ko kandi ibyo byose bikwiye gushyirwa mu ngiro kugira ngo itegeko ribigenga na ryo rishyirwe mu bikorwa, hafungurwa imiryango ku bafite ubumuga mu bigo by’imari, mu ma banki ndetse n’amafaranga yakusanyijwe abashe kubikwa mu bigo mu ma banki hagamijwe no guhabwa inguzanyo.

    Avuga ko ibyiyemejwe muri iyi nama, hazabaho kongera kwicarana n’ibigo by’imari ku buryo ibyiyemejwe byashyirwa mu bikorwa hashyirwaho umurongo nyawo mu rwego rwo kugira ngo byubahirizwe vuba ku bufatanye bwa Leta, ibigo by’imari na NUDOR.


    source : https://ift.tt/3Iak11j

  • Abagabo barwanya ihohoterwa rikorerwa abagore batanze impuruza ku gitaramo cya Koffi Olomide – #rwanda #RwOT

    Ubu uyu muhanzi ari imbere mu mashakiro menshi kuri internet kubera uburyo abantu bakomeje kwamagana igitaramo azakora ku wa 4 Ukuboza 2021 muri Kigali Arena agahuriramo na King James, Chris Hat na Buravan.

    Kuva byamenyekana ko Koffi agiye gutaramira mu Rwanda abantu benshi biganjemo abaharanira uburenganzira bwa muntu cyane bavuganira igitsinagore, bagaragaje ko bidakwiye ko ahabwa umwanyawo kuharirimbira kandi ari kimwe mu bihugu bitihanganira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’indi myitwarire imeze nkaryo uyu muhanzi amaze iminsi ashinjwa.

    Ikindi abandi bavugaga ko uretse ibirego byo gufata ku ngufu afite, asanzwe arangwa n’imyitwarire mibi yo guhutaza abantu ku bushake.

    Kuri ubu Ihuriro rya Rwanda MenEngage Network (RWAMNET) rihuriyemo imiryango 29 igamije guteza imbere uruhare rw’igitsinagabo mu iterambere ry’uburinganire, uburenganzira bwa muntu, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi ryatanze impuruza igamije guhagarika igitaramo cya Koffi.

    Itangazo RWAMNET yashyize hanze, rigaragaza ko ishingiye ku bikorwa bya Koffi Olomide adakwiriye kuririmbira mu Rwanda.

    Hari aho rigira riti “Koffi afite inkuru ndende yavuzweho yo guhohotera abana bato, abagore ndetse inshuro nyinshi yagiye ashinjwa gukora ibi byaha. Yanahamwe n’ibyaha birimo ihohotera rishingiye ku gitsina, icuruzwa ry’abantu, gukubita no gusambanya abana ku gahato.”

    Rikomeza rigaragaza ko ibi byaha ashinjwa ari nabyo byagiye bituma yamaganwa mu bihugu nka Zambia, Kenya, Afurika y’Epfo n’u Bufaransa.

    Riti “Ibi byakabaye impamvu ya nyayo yatuma akumirwa mu gitaramo afite mu Rwanda mu Mujyi wa Kigali, kubera ko u Rwanda ari igihugu cyakoze iyo bwabaga mu kwimakaza uburinganire, ibyo twagezeho bigomba gusigasirwa aho kubangamirwa.”

    Rikomeza rivuga ko u Rwanda ruri mu bihugu ku Isi yose biri mu minsi 16 y’ibikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse by’umwihariko tariki ya 25 Ugushyingo 2021, rwari mu bihugu byitabiriye inama yiga ku myitwarire ikwiriye abagabo ariko idahohotera abagore n’abakobwa.

    Ryarangiza riti “Gushyigikira umuntu uzwiho guhohotera abantu ndetse by’umwihariko wasambanyije abana ku ngufu, ni urugero rwiza rw’imyitwarire itari myiza ikomeza kugabanya ubukana bwagahawe ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa.”

    Iri tangazo risaba abateguye iki gitaramo n’abagiteye inkunga hamwe n’izindi nzego zirimo PSF, RDB na za Minisiteri zirimo iy’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, iy’Urubyiruko n’Umuco, Polisi y’u Rwanda n’izindi ko cyahagarikwa.

    Ibyaha Koffi yagiye ashinjwa…

    Uyu mugabo w’imyaka 65, mu 2019 Urukiko rwa Nanterre mu Bufaransa rwamukatiye imyaka ibiri isubitse kubera gusambanya umwana w’imyaka 15. Nyuma yaje kugirwa umwere ku bindi byaha yaregwaga birimo gusambanya abandi bagore batatu.

    Mu 2006 bwo yashinjwe kwinjiza ababyinnyi mu Mujyi wa Paris mu buryo butemewe, gufatira imishahara yabo no kubasambanya ku gahato.

    Iri hohoterwa ababyinnyi ba Olomide bavuga ko ryabaye ubwo uyu muhanzi yari mu rugendo rw’ibitaramo mu Bufaransa kuva mu 2002 kugeza mu 2006, icyo gihe ngo impapuro zabo z’urugendo na telefoni zabo byari byarafatiriwe.

    Aba babyinnyi ngo bategetswe gusambana na Olomide wabakubitaga mu buryo bukomeye iyo bagerageza kumwereka ko batabishaka.

    Mu 2012 kandi uyu muhanzi yakubitiye umufotozi w’Umunyarwanda mu Murwa Mukuru Lusaka wo muri Zambia. Mu 2016 bwo yakubitiye umubyinnyi we ku Kibuga cy’Indege i Nairobi.

    We stand in solidarity with all victims of rape, abuse and gender-based violence both in Rwanda and around the world; thus, we demand that Koffi Olomide is banned from performing in Kigali on 4 December, @rwamrec, @GenderMonitorRw@RwandaGender@papercrown @NPA_Rwanda pic.twitter.com/zKXDES7MuQ

    — Rutayisire Fidele (@FideleRwamrec) December 1, 2021

    Mu byo Koffi ashinjwa harimo no gusambanya ababyinnyi be

    Abantu batandukanye bakomeje kwamagana igitaramo cya Koffi Olomide mu Rwanda

    source : https://ift.tt/3Ic2aa1

  • Ishyaka PDI ryizihije imyaka 30 rimaze rivutse ryizeza gukomeza gukorana na RPF #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ishyaka PDI ryashinzwe ku itariki 30 Ugushyingo 1991, rikaba ryari rifite intego yo guharanira uburenganzira bw’abantu batari babufite muri icyo gihe, harimo n’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda icyo gihe, kuko bakorerwaga ivangura, bakanamwa uburenganzira bw’ibanze n’ubutegetsi bwariho icyo gihe.

    Mu kwizahiza imyaka 30 ishize ishyaka PDI rivutse, mu birori byabaye tariki 30 Ugushyingo 2021, abanyamuryango baryo bafashe umwanya wo kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ibirori byo kwizihiza iyo sabukuru bikaba byabereye i Kigali.

    Umuyobozi w’ishyaka rya PDI , Mussa Fazil Harerimana, abashinze iryo shyaka ndetse na komite ihagarariye abanyamuryango , harimo n’abadepite, bashimye uruhare rw’ Umuryango RPF-Inkotanyi (RPF), uyoboye igihugu guhera mu 1994, ukaba wari ufite icyerekezo cyo kubohora Abanyarwanda no kubahuza.

    Harerimana yavuze ko intego ya PDI yabaye guteza imbere demokarasi y’intangarugero, gushyira imbere inyungu z’igihugu, gukorana neza n’andi mashyaka ya politiki mu bitekerezo n’ibyemezo bya politiki bigize ijwi rihuriweho rivugira Abanyarwanda.

    Mussa Fazil Harerimana, yashimiye abashinze ishyaka rya PDI, kubera umuhati bagaragaje mu kurwanya imiyoborere mibi, kandi kurwanya imiyoborere mibi ikaba yari intego y’Ubuyobozi bwa RPF, yahagaritse Jenoside, n’imyoborere yo guca ibice mu baturage byaranze ubutegetsi bubi bwayibanjirije.

    Harerimana ati “ Twe(PDI) ntidushyigikira politiki zibiba amacakubiri mu bantu, kandi ntidushyigikira abantu bitwaza ubwisanzure bw’itangazamakuru no kuvuga ibyo umuntu ashaka, ngo basenye iki gihugu”.

    Harerimana yavuze ishyaka PDI rizakomeza gahunda yaryo yo kuvuga ukuri n’iyo haba hari ibintu bikomeye cyane, nkuko byagaragaye no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Kandi PDI izakomeza gukorana na RPF iri ku buyobozi bw’u Rwanda muri iki gihe.

    Yagize ati “ Aho duhagaze, byagaragaye mu 2003, igihe cyo kuvugurura itegeko nshinga , no kungera igihe cya Manda y’umukuru w’igihugu. Twashyigikiye icyo gitekerezo, kuko turi urugero rw’abantu baharanira demokarasi, no guhitamo umuyobozi w’igihugu ukwiriye, ukurikije amateka ye mu bijyanye n’ubuyobozi ndetse n’ubushobozi ”.

    Umuyobozi wa PDI yaboneyeho umwanya wo gutangaza ko nk’ishyaka rya PDI, bafite gahunda yo gushyigikira Umuryango RPF na Perezida Paul Kagame, nk’umuyobozi ukwiye bahisemo ngo akomeze icyerekezo cy’amahoro, ubuyobozi budaheza, imiyoborere myiza n’iterambere, ibyo n’ubundi ngo bikaba biri mu ntego z’ishyaka PDI .

    Harerimana ati “ Paul Kagame ni umubyeyi w’igihugu, wubatse fondasiyo y’igihugu, turashaka kugumana nawe, kugeza atugejeje ku iterambere rirambye, no gutsinda ibishaka kudusubiza inyuma byose”.

    Mu rwego rwo kwizihiza iyo sabukuru y’imyaka 30 PDI imaze ishinzwe kandi, Abanyamuryango ba PDI basuye urwibutso rwa Jenoside ku i Rebero (Rebero Genocide memorial site) ndetse banasura Inzu ndangamurage y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside ( Museum on the Campaign against Genocide), iyo nzu ikaba iherereye ku Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

    Uwamurera Salama, Umuhuzabikorwa wa PDI mu Ntara y’Uburasirazuba yagize ati “ Umwanya nk’uyu, utwibutsa guharanira gukunda igihugu, ariko no gushishikariza Abanyarwanda bose gukora baganisha k’ubumwe kuko ari wo muyoboro munini uganisha ku iterambere ” .

    source : https://ift.tt/3Ig7rO0

  • CIMERWA yongeye gutegura irushanwa rya Golf mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko byasobanuwe mu kiganiro n’itangazamakuru ku wa 30 Ugushyingo 2021 umuyobozi ushinzwe ubucuruzi mu ruganda rwa Cimerwa Mark Mugarura yavuze ko bishimira kuba ari bo bateguye irushanwa rya mbere kuri iki kibuga nyuma y’uko cyari kimaze igihe gifunze kiri kuvugururwa kigashyirwa ku bipimo mpuzamahanga biteganywa n’Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umukino wa Golf (Professional Golfers’ Association – PGA).

    Yagize ati “Nka Cimerwa biradushimishije kuba tugarutse duhuza abakinnyi ba Golf no kuba aba mbere babikoze kuri iki kibuga gishya, ku bakinnyi bazabona uko berekana ubumenyi bwabo ku kibuga gishya kiri ku bipimo mpuzamahanga ibi bikazazamura ubumenyi bwabo ku rundi rwego.”

    Mark Mugarura yongeyeho ko Cimerwa izakomeza gutanga ubufasha mu mukino wa golf mu rwego kuwuteza imbere mu Rwanda.

    Mark Mugarura ushinzwe ubucuruzi muri CIMERWA
    Mark Mugarura ushinzwe ubucuruzi muri CIMERWA

    Yagize ati “u Rwanda ruri mu mwanya mwiza wo kuba icyicaro cy’ubukerarugendo muri siporo mu karere nka Cimerwa muri icyo cyerekezo tuzakora uko dushoboye dushyiremo imbaraga bigerweho”.

    Kapiteni wa Kigali Golf Club Andrew Kulayije yashimiye ubufatanye bwa Cimerwa muri golf anongeraho ko iri rushanwa rizafasha mu kuzamura urwego rw’abakinnyi ndetse n’ikipe y’igihugu muri rusange.

    Yagize ati “Nk’abakinnyi ba golf twishimiye kongera gufatanya na Cimerwa, uko tugira amarushanwa nk’aya ni ko tugira ikipe y’igihugu ifite ubushobozi bituma ihatana n’ibindi bihugu mu marushanwa ayo ari yo yose haba mu karere, muri Afurika cyangwa ku rwego rw’isi. “

    Kapiteni wa Kigali Golf Club Andrew Kulayije
    Kapiteni wa Kigali Golf Club Andrew Kulayije

    Cimegolf 2021 izakinwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda covid-19. Kugeza ubu abagera kuri 250 barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga bamaze kwiyandikisha kuzitabira irushanwa bazakina mu byiciro bitandukanye, mu gihe ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu iminsi 2 y’irushanwa nyirizina hazitabira abanyamuryango Kigali Golf course, abazahiga abandi bose muri ibyo byiciro bakazahabwa ibihembo ku musozo w’irushanwa.

    Irushanwa rya Cimegolf ryatangijwe mu 2017 ryaherukaga kuba muri 2019 aho ryitabiriwe n’abakinnyi ba Golf 130 mu gihe mu 2020 ritabaye kubera icyorezo cya Covid-19 cyugarije u Rwanda n’isi muri rusange.

    Mu Rwanda kugeza ubu hari abanyamuryango ba golf 330 mu gihe intego ari uko mu 2025 hazaba hari abanyamuryango ba golf 500.

    source : https://ift.tt/3DbaUtv

  • Mu mwaka wa 2030 Abanyarwanda 95% bazaba bazi uko bahagaze kuri SIDA – Minisitiri Ngamije #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubuzima avuga ko abantu bose babishatse nta bwandu bushya bwakongera kugaragara

    Yabitangaje kuri uyu wa gatatu tariki ya 01 Ukuboza 2021, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya Sida, igikorwa cyabereye mu karere ka Nyagatare.

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko mu Rwanda abantu 86% bafite Virusi itera Sida babana nayo babizi naho 95% muri abo bakaba bafata imiti naho abarenga 90% bakaba bafata imiti neza kuburyo Virusi yagabanutse mu mubiri wabo kuburyo badashobora no kuyanduza.

    Yavuze ko ikibazo gisigaye ari icy’urubyiruko kuko aribo benshi bafata imiti nabi kuburyo Virusi itagabanuka mu mubiri wabo by’umwihariko abenshi bakaba ari abo mu karere ka Nyagatare.

    Ati “Ikibazo kigisigaye ni ikiciro cy’urubyiruko kuko muri iyi mibare mvuze nibo bafata imiti nabi ninabo turi kubona bayifata ntigabanye bwa bukana bwa virus itera Sida mu mubiri wabo cyane muri aka karere ninaho twabonye ibipimo biri hejuru by’urubyiruko rutagabanya ubwo bukana bw’iyi virusi kurusha ahandi.”

    Yavuze ko ari na yo mpamvu bahisemo ko uyu munsi wizihirizwa mu karere ka Nyagatare hagamijwe gushishikariza urubyiruko kwirinda ariko nahuye n’ibyago bakandura bagafata imiti neza.

    Yavuze ko kurandura Sida bishoboka hashingiwe ku mibare ihari ndetse n’imbaraga Igihugu cyashyizemo cyane mu kugabanya umubare w’abandura bashya hakoreshwa agakingirizo, kwirinda hagati y’abashakanye, ikoreshwa ry’imiti irinda abantu kwandura ndetse no kurinda ko ababyeyi banduye bakwanduza abana babo.

    Mu karere ka Nyagatare abantu 7,204 nibo bafata imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera Sida mu gihe mu gihugu cyose ifatwa n’abagera ku 200,000.

    Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije avuga ko kurandura ari inshingano ya buri wese kandi bigenze gutyo yacika.

    Abatishoboye batatu borojwe inka mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Sida
    Abatishoboye batatu borojwe inka mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Sida

    Avuga ko mu kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Sida, hanatangijwe ubukangurambaga bw’amezi 3 buzakorwamo ibikorwa byo kuyirinda.

    Avuga ko hari ikizere ko mu mwaka wa 2030 nta bwandu bushya buzaba bukiboneka kuko ngo hari intambwe imaze guterwa mu myaka 25 ishize abafite virusi itera Sida bitabwaho.

    Ikindi ngo ni imibare imaze kugerwaho aho 86% by’abafite virusi Sida babizi bityo kuva kuri uwo mubare kugera kuri 95% mu myaka 9 isigaye ari intego yoroshye kugerwaho.

    Ikindi ngo ni uko abamaze kumenya ko banduye nabo kubashyira ku miti byoroshye kuko imiti ihari kandi n’abayitanga bahuguwe.

    Yagize ati “Abamaze kumenya ko banduye 95% kubashyira ku miti nabyo birashoboka kuko imiti irahari, abagomba kuyitanga barahuguwe kandi bari ahantu hose, ubukangurambaga burakorwa abanti ntibanga kujya gufata imiti kuko itabazahaza ahubwo ituma baramba.”

    Yibukije urubyiruko ko Sida ntawe itinya mugihe yitwaye nabi ariko nanone akarusaba kutagira uwo bagirira ikizere ko badafite ubwandu kandi n’abagize ibyago byo kuyandura kwitabira gufata neza imiti.


    source : https://ift.tt/32MEUPD

  • Bugesera: Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa ine n’igice z’amanywa yo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Ukuboza 2021, nibwo iyi nyubako y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’iburasirazuba, CIP Twizeyimana Hamdoun, yabwiye IGIHE ko icyateye iyi nkongi kitaramenyekana.

    Yagize ati “Kugeza ubu ntituramenya icyayiteye ariko umuriro wazimijwe gusa hangiritse ibintu bitandukanye kuko inzu yarimo ibikoresho by’ubudozi, inkweto n’ibikoresho bya moto n’imodoka.”

    Yakomeje avuga ko ibyangiritse bifite agaciro ka miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda aboneraho gusaba abashyira amashanyarazi mu nzu kujya bakoresha insinga zujuje ubuziranenge no kugira uburyo bwo kuzimya inkongi ku nzu.

    Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi

    source : https://ift.tt/3xLQPIV

  • Nyanza: Bamwe mu batangabuhamya bashinje Urayeneza batangiye kwisubiraho – #rwanda #RwOT

    Muri uru rubanza, humviswe abatangabuhamya barimo Sibomana Aimable wari washinje Urayeneza mu bushinjacyaha, icyakora kuri iyi nshuro yageze imbere y’Urukiko yahinduye imvugo, avuga ko ibyo yashinje Urayeneza byari ibinyoma, anasaba imbabazi Urukiko, avuga ko yabitewe n’uwitwa Charlotte Ahobantegeye.

    Yagize ati “Natanze ubuhamya mbikanguriwe n’umugore witwa Ahobantegeye Charlotte wampaye inzoga na telefoni ngo nzabashinje [mvuga ko] naviduye ubwiherero tukabonamo imibiri mu bitaro bya Gitwe maze Elisée akambwira ngo ninsubiranye kandi mbiceceke. Ibi byose ni ibinyoma nabikoze kubera uriya mugore kuko yandushije ubwenge.”

    Undi watanze ubuhamya ni Mutangana Francois wavuze ko yabonye Urayeneza Gerard n’abana be bafite imbunda n’umuhoro.

    Yabajijwe niba yarabonye umuntu wicishijwe imbunda yabonanye Urayeneza, avuga ko yayitwazaga gusa.

    Habiyambere Ildephonse wabaye Burugumesitiri wa Komini Murama kuva muri Kanama 1994 na we yatanze ubuhamya, avuga ko atazi niba mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Urayeneza yari atuye
    i Gitwe.

    Habiyambere kandi yongeyeho ko ibijyanye n’imibiri yabonetse mu bitaro bya Gitwe ntayo azi kuko akimara kuba Burugumesitiri w’iyi Komini hari imirambo yagiye iboneka igashyingurwa ndetse aho ishyinguwe hagashyirwa ibimenyetso birimo no kuhatera imiyenzi.

    Yongeyeho ko nta makuru y’imibiri yabonetse mu byobo byari biri mu bitaro bya Gitwe yigeze yumva, ati “Ntayo nigeze menya,” anavuga ko Urayeneza atigeze avugwaho imbunda, ahubwo yavuzwe ku muhungu we, ashimangira ko ibindi byavuzwe kuri Urayeneza ari ubugambanyi.

    Undi mutangabuhamya wavuze ni Mujawabega Immaculée, wavuze ko ubuhamya bwatanzwe na Uwumuremyi Hyacintha washinje Urayeneza kuba yari kuri bariyeri kandi yari afite imbunda, bubeshya kuko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu Uwumuremyi yari ahishwe na Mujawabega mu rugo rwe na barumuna be batatu, bityo atigeze abona uko agera kuri bariyeri zari hanze ngo amenye amakuru y’ibyari biri kuhabera.

    Yavuze ko guhera tariki ya 8 Gicurasi mu 1994 kugera ku itariki ya 9 Kamena mu 1994, batandukanye bakajya mu Birambo, abandi bagakomeza basanganira Inkotanyi bityo ibya mbere y’itariki bahuriyeho ntabyo azi kuko inzira Uwumuremyi yanyuzemo ntaho yari guhurira na Urayeneza.

    Undi mutangabuhamya wavuze ni Munanira Alexandre wavuze ko yahamagawe n’abantu batandukanye bamubwira ko agomba kwemeza ko se umubyara yiciwe mu bitaro bya Gitwe.

    Mu bo avuga ko bamuhamagaye harimo Ahobantegeye Charlotte wamusabye ko yamufasha gushinja Urayeneza, akemeza ko se umubyara yishwe agatabwa mu cyobo cyabonetsemo imibiri.

    Akomeza avuga ko yahamagawe n’undi muntu wo muri CNLG (yahoze ari Komisiyo yo Kurwanya Jenoside) ndetse na Anitha na Wilton wari umuyobozi wa Koreji ya Gitwe, bamusaba gushinja Urayeneza.

    Yavuze ko yongeye guhamagarwa na Mulindabyuma Isidore wamubwiye ko agomba kwitonda kuko azagororerwa niyemera gushinja Urayeneza.

    Yabwiye Urukiko ko akimara kubona ibi bikorwa bimeze nk’akagambane karimo gukorerwa Urayeneza, yaguze telefoni ifite ubushobozi bwo kubika amajwi y’ibyavuzwe, akajya abika ibiganiro agirana n’abamusabaga gushinja Urayeneza, ibyo biganiro byose aza kubiha umwunganizi wa Urayeneza.

    Urukiko rwasabye ufite iyi telefoni ko yayishyikiriza Urukiko bityo abunganizi ndetse n’ubushinjacyaha bukeneye kumva ayo majwi bakayumva.

    Ku ruhande rwa Mulindabyuma Isidore wahamagawe nk’umutangamakuru ndetse akaba no mu baregera indishyi, yavuze ko yabonye Urayeneza Gerard na Chadrack bafite imbunda ariko ahakana ko yabonye bayikoresha bica Abatutsi.

    Yanavuze ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari yihishe mu nyubako itari yuzuye y’ibitaro bya Gitwe, ahari bariyeri yabagaho Munyampundu Leon bita Kinihira, akavuga ko Sibomana Aimable (wavuze ko yatanze ubuhamya bw’ibinyoma) yari azi amakuru y’uko hari ibyobo bibitse imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.

    Uru rubanza rubanza rwamaze amasaha icyenda, aho ruzasubukurwa ku itariki ya 29 Ukukoza uyu mwaka.


    source : https://ift.tt/3IopGAW