Tag: featured

  • Davis College yasabwe kuba indashyikirwa mu myigishirize – #rwanda #RwOT

    Irere yabigarutseho ku wa 26 Ugushyingo 2021 ubwo yasuraga iri shuri mu rwego rwo gukomeza umubano no gutera ingabo mu bitugu ibigo byigenga hagamijwe kuzirikana umusanzu wabyo mu iterambere ry’uburezi.

    Davis College (Akilah) yatangiye mu 2010 yakira abanyeshuri b’abakobwa baturuka mu miryango itishoboye.

    Iri shuri rimaze kurangirizamo abanyeshuri 1082 bahawe ubumenyi mu masomo atandukanye arimo Ubukerarugendo n’Amahoteli, Ishoramari no guhanga imirimo ndetse n’ibijyanye n’Igenzuramakuru “Information system”.

    Muri Nzeri 2020 ni bwo Davis College yatangije gahunda yo kwakira abanyeshuri b’abahungu n’abakobwa mu gihe byari bimenyerewe ko yakira abakobwa gusa.

    Irere Claudette yagaragaje ko ari intambwe nziza ishuri ryateye mu gufasha abanyeshuri kwiga neza bityo ko bakomeza kuyongeramo imbaraga kugira ngo bakomeze kuba indashyikirwa.

    Nyuma yo gutambagizwa ikigo ndetse no kwerekwa uko abanyeshuri bafashwa mu myigire yabo, Irere yagaragarijwe gahunda yihariye ishuri ryashyizeho yo guhugura abarimu, ahamagarira ibindi bigo by’amashuri kuyoboka ubu buryo.

    Yagize ati “Gahunda mwashyizeho yo guhugura abarimu ni nziza cyane, usanga ibigo byinshi bihuguye abanyeshuri ntibyite ku guhugura abarimu. Amashuri menshi dufite ntabwo yita kuri icyo kintu cyo kwita ku barimu nk’uko bikwiriye kandi umwarimu atanga icyo afite. Iryo banga mbona ari ingenzi ku yandi mashuri.”

    Yasabye ubuyobozi ko bwakomeza kongera umubare w’abahungu nk’uko bwatangiye iyo gahunda mu rwego rwo gufungura no gushyira mu buzima busanzwe abanyeshuri barivomamo ubumenyi cyane ko riri ku rwego rwa Kaminuza.

    Ati “Ni byiza ko iyo uri ku cyiciro cya Kaminuza abantu wigisha ubasha kubazanira ubuzima busanzwe. Kuba barabashije kuzana n’abasore ni byiza icyo gihe bose barazamukana. Ni byiza kubakira ubushobozi abakobwa ariko byaba akarusho bari kumwe na basaza babo.”

    Umuyobozi wa Akilah, Paul Swaga, yabwiye IGIHE ko bishimiye kuba basuwe nk’ishuri, avuga ko bibereka ko Leta ibazirikana kandi bikabaha imbaraga n’umuhate wo gukomeza guteza imbere uburezi bufite ireme.

    Yavuze ko hari gahunda batangiye yo kwakira abanyeshuri b’abahungu kugira ngo baze gusangira ubumenyi na bashiki babo.

    Ati “Twaratangiye kuko umwaka ushize hari abanyeshuri b’abahungu dufite, turacyari kuganira n’ababyeyi kugira ngo tubereke ibyiza byo kuba bakigana n’abakobwa. Twibuke ko abana b’abakobwa turi kwigisha aha bazajya bahura na basaza babo mu buzima bwo hanze y’ishuri cyangwa mu kazi. Ni yo mpamvu kwigana byaba ari byiza ariko biracyadusaba imbaraga.”

    Ubuyobozi bw’ishuri bwagaragaje ko kuri ubu buri gufasha abanyeshuri mu bihe bya Covid-19 bubaha mudasobwa, internet n’ibindi kugira ngo amasomo akomeze, ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, kwimakaza ururimi rw’Icyongereza, kubakira abakobwa ubushobozi, imyigishirize ishingiye ku guhangana (competency Based Education) no kugira abanyeshuri inama ku birebana n’amahitamo y’umurimo.

    Abakozi ba Davis College bagaragaje ko baharanira kwishakamo ibisubizo

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette, ubwo yasobanurirwaga imikorere ya Davis College (Akilah)

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette, yasabye ubuyobozi bw’ishuri gukomeza kuba indashyikirwa

    Umuyobozi wa Akilah, Paul Swaga, yagaragaje ko abana b’abahungu bagiye kubongerera umubare

    Umuyobozi ushinzwe Amasomo muri Davis College ni we wasobanuriraga Irere ibijyanye n’imikorere y’ishuri

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette, yagaragaje ko gahunda yo guhugura abarimu ibindi ibigo byari bikwiye kuyigiraho

    Ubuyobozi bwa Davis College bwavuze ko hari gahunda yo guhugura abarimu bigisha kugira ngo na bo bakomeze kunguka ubumenyi

    source : https://ift.tt/3Egmgxu

  • Rubavu: Akarere kagiye guhagurukira amavatiri atwara abagenzi mu buryo butemewe – #rwanda #RwOT

    Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’iminsi abakora imirimo yo gutwara abantu mu modoka mu buryo bwemewe n’amategeko bataka ibihombo bavuga ko baterwa n’amavatiri akora mu buryo butemewe kuko nta nta byangombwa afite biyemerera gukora aka kazi.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko iki kibazo cyamenyekanye kigiye kuvugutirwa umuti mu byumweru bitarenze bibiri.

    Abakora umurimo wo gutwara abantu mu buryo bwemewe n’amategeko bavuga ko buri munsi hapakira imodoka z’amavatiri zigera kuri 70 inyinshi ngo zikaba ziparika iruhande rwa gare no mu bipangu biyikikije.

    Bamwe mu bakora umwuga wo gutwara abantu bavuga ko aya mavatiri atuma babura abagenzi ugasanga bisi itwara abarenga 50 imanukanye batanu.

    Umwe yagize ati “Hano i Rubavu dufite ikibazo gikomeye ku rwego rwo hejuru kuko usanga hari gare ebyiri; hari isanzwe izwi hakaba n’indi ikorera hanze aho ari na yo iteje ikibazo kuko yatumye tubura abagenzi. Ivatiri imwe itwara abantu barindwi kandi batangira abagenzi bashaka kuza muri gare ugasanga nka bisi ya RITCO imanukanye batanu mu myanya 54.”

    Mugenzi we na we avuga ko hari amavatiri arenga 70 buri saha amanukana abantu bikabangamira imikorere yabo kuko bibateza ibihombo.

    Umunyamabanga Nshigwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, Ruhamyambuga Olivier, avuga ko iki kibazo atari gishya kuko ubuyobozi bwakimenye gusa ngo nyuma y’ibyumweru bibiri kizaba cyaramaze kuba amateka.

    Ati “Twarabyumvise ko hari imodoka zitwara abantu mu buryo butemewe zikorera muri gare z’inyuma y’inzu no mu bipangu zikora rwihishwa kandi hari abantu bategera hemewe n’amategeko byaramenyekanye. Muri ino minsi tuzicara mu nama y’umutekano mu gihe kitarenze icyumweru tubifatire umwanzuro ku buryo mu byumweru bibiri izaba yashyizwe mu bikorwa.’’

    Kimwe mu bitiza umurindi iki kibazo ni uko izi modoka zinyaruka kuko nta tugabanyamuvuduko (Speed Governor) turimo, ibintu bituma itarenza amasaha atatu mu rugendo Kigali-Rubavu hakaniyongeraho ko zidahenda kuko umuntu umwe bamuca abarirwa hagati y’ibihumbi bitanu na bitandatu, ingingo yumvikanisha impamvu ba nyirazo bitabagoye kwigarurira imitima y’abagenzi biganjemo ababa bafite gahunda zihutirwa.

    Abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange bataka ko babuze abakiliya kubera ko batwarwa n’amavatiri

    Imodoka nto z’abantu ku giti cyabo zivugwaho gufata abagenzi bagiye gutega bisi zerekeza i Kigali zikabatwara

    source : https://ift.tt/3G7A6Tv

  • Inyungu ku nguzanyo ku bworozi bw’inkoko, ingurube n’abatunganya ibiryo by’amatungo igiye kugabanywa – #rwanda #RwOT

    Ni gahunda yashyizwemo miliyari 2 Frw aturutse mu bufatanye buri hagati ya Guverinoma n’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe Iterambere, Enabel.

    Enabel ifatanya na Guverinoma y’u Rwanda mu bikorwa bigamije guteza imbere ubworozi bw’inkoko, ingurube n’ibikomoka ku bworozi.

    Ubusanzwe Banki z’Ubucuruzi, zitangira inguzanyo ku nyungu iri hagati ya 16% na 17% mu gihe muri za Sacco ho biri hejuru kuko zishobora no kugera kuri 22%. Muri BRD ho inyungu ku nguzanyo iri kuri 12%.

    Gahunda nshya ya Guverinoma y’u Rwanda igena ko abafite imishinga ikeneye inguzanyo muri banki ariko iri mu bworozi bw’inkoko, ingurube no gukora ibiribwa by’amatungo bazatangira gufashwa.

    Ubu ibijyanye n’impapuro zisabwa kugira ngo iyo gahunda ikunde, bizarangira muri uku kwezi, aho byitezwe ko amafaranga azaba yageze no muri banki ku buryo aba mbere bazafata amafaranga muri Mutarama 2022.

    Umuyobozi wungirije mu Kigo Gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr Solange Uwituze, yabwiye IGIHE abafite iyo mishinga bazajya bahabwa inguzanyo ku nyungu ya 8%.

    Ati “Icyo banki izakora, niba ngiye gusaba miliyoni 50 Frw muri banki runaka y’ubucuruzi, bazabara inyungu ku nguzanyo babariye kuri 16% [isanzwe] bongere bambarire ku 8%. Ikinyuranyo kiri hagati y’inyungu ku nguzanyo nari kwishyura kuri 8% na 16%, nicyo kizajya gitangwa kugira ngo njye nishyure 8%.”

    Nubwo bimeze gutyo ariko, icyo kinyuranyo ntikigomba kurenga miliyoni 100 Frw.

    Ati “Amafaranga atagomba kurenga y’ikinyuranyo wari kwishyura ku nyungu isanzwe n’iya 8% ni miliyoni 100 Frw. Nta muntu uzishyurirwa arenze icyo kinyuranyo.”

    Uburyo bwari busanzwe bwo kwaka inguzanyo ni bwo buzakomeza gukoreshwa, abadafite ingwate bazajya bagana BDF ikomeze ibafashe. Icyo gihe BDF izajya itanga ingwate hanyuma nibayibona bafashwe binyuze muri iyi gahunda.

    Miliyari 2 Frw yashyizwe muri uyu mushinga ni yo mafaranga yabonetse gusa hari igitekerezo cy’uko mu gihe haboneka amafaranga yisumbuyeho azongerwa.

    Ubworozi bw’inkoko ni bumwe mu bwishingirwa muri gahunda ya Leta y’ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo. Ubu hamaze kwishingirwa inkoko 208.749 mu gihe ingurube ari 3020.

    Ubworozi bw’inkoko ni umwe mu mishinga yinjiriza abantu amafaranga menshi

    Ushaka gukora ubworozi bw’ingurube azajya ahabwa inguzanyo ku nyungu ya 8%

    source : https://ift.tt/3rsdlFA

  • Abafite ubumuga 9% ntibaragerwaho na serivisi z’ibigo by’imari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    William Safari ushinzwe gahunda y
    William Safari ushinzwe gahunda y’uburezi muri NUDOR

    William Safari ushinzwe gahunda y’uburezi mu mpuzamiryango y’abafite ubumuga (NUDOR) avuga ko n’ubwo hari ibyakozwe mu iterambere ry’abafite ubumuga mu Rwanda, haracyari icyuho gikwiye kuzibwa kugira ngo serivisi igere kuri bose nk’uko Politiki y’u Rwanda ibivuga.

    Abishingira ku kuba mu bigo by’imari ndetse na banki zikigaragaramo ibibazo bikeneye kunozwa kugira ngo umuntu ufite ubumuga ahabwe serivisi kimwe nk’abandi.

    William ati: “Ibigo by’imari bimwe bituye kure kandi rimwe na rimwe bamwe mu bafite ubumuga ntibabasha kubigeraho cyangwa se n’ubashije kubigeraho agahura n’imbogamizi z’uko inyubako iba yubatse mu buryo ufite ubumuga atabasha kuyigeramo mu buryo bumworoheye ndetse n’abatanga serivisi mu bigo by’imari ntibasobanukiwe neza uburenganzira bw’abantu bafite ubumuga ni byo babafasha kugira ngo bagere ku byo bakeneyemo. Ikindi kandi ni imyumvire abatanga serivisi bafite aho rimwe na rimwe batumva uburyo umuntu ufite ubumuga yakoresha inguzanyo kuko baba batumva uburyo azayisubiza”.

    Avuga ko imyumvire ikwiye guhinduka, hagategurwa amahugurwa yo guhindura imyumvire y’abafite ububasha ku bigo by’imari ku buryo basobanukirwa ko abafite ubumuga na bo bakeneye gucuruza bagatera imbere.
    Yongeraho ko hakwiye gukosorwa bimwe mu bikoresho bikenerwa mu mabanki bigaha amahirwe angana kuri bose ku buryo n’ufite ubumuga abasha kubikoresha bitamugoye.

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’ikigo gishinzwe guteza imbere urwego rw’imari mu Rwanda (AFR) Iyacu Jean Bosco

    Ati: “Mu mashini za ATM muri banki twifuza ko hakongerwamo ijwi ku buryo riyobora umuntu ufite ubumuga bwo kutabona akabasha kuyikoresha mu ibanga yagenewe bidasabye ko afashwa, ndetse bakagerageza gutekereza uburyo ATM yakwigizwa hasi kuko akenshi usanga abafite ubumuga bw’ubugufi bukabije cyangwa ugendera mu igare atabasha kuyigeraho, impapuro zuzuzwa mu kubikuza, kubitsa n’ibindi mbese byose hajyemo uburyo bworohereza abafite ubumuga ugendeye ku byiciro bisangamo”.

    Umuyobozi w’ikigo gishinzwe guteza imbere urwego rw’imari mu Rwanda (AFR), Iyacu Jean Bosco, avuga ko ubushakashatsi bukorwa buri myaka ine, bugenda bugaragaza uburyo urwego rw’imari buhagaze mu Rwanda hibandwa ku byiciro bitandukanye aho kuri ubu bakoranye n’impuzamiryango (NUDOR) ureberera abafite ubumuga mu Rwanda, maze bukagaragaza ko 91% bahabwa serivisi z’imari ariko 9% bagasigara inyuma kandi na bo bakeneye kurebererwa.

    Ati: “91% n’ubwo bahabwa serivisi z’imari akenshi usanga ari ibimina runaka bibumbiyemo ariko mu ma banki ho ugasanga haracyari icyuho kinini cyagarutsweho no mu bushakashatsi kandi byagaragajwe ko hakenewe imbaraga nyinshi n’ubufatanye kugira ngo abafite ubumuga begerezwe serivisi z’ibigo by’imari ku rwego rungana n’urw’abanyarwanda bose muri rusange”.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) Nsengiyumva Jean Damascene avuga ko nyuma y’inama yakozwe ku wa 01 Ukuboza 2021, y’ibigo by’imari, abafatanyabikorwa na banki nkuru y’u Rwanda, hagiye gukorwa byinshi kugira ngo abafite ubumuga bose babashe na bo guhabwa serivisi zitangwa mu bigo by’imari.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w
    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite u Ubumuga mu Rwanda(NUDOR) Nsengiyumva Jean Damascene

    Ati: “Nyuma y’iyi nama hagiye gukorwa ku bukangurambaga no guhugura, bigamije guhindura imyumvire kugira ngo abakozi bakora mu bigo by’imari babashe gusobanukirwa uburenganzira bw’abafite ubumuga, kumubonamo ubushobozi bwo gukoresha imari”.

    Yongeraho ko kandi ibyo byose bikwiye gushyirwa mu ngiro kugira ngo itegeko ribigenga na ryo rishyirwe mu bikorwa, hafungurwa imiryango ku bafite ubumuga mu bigo by’imari, mu ma banki ndetse n’amafaranga yakusanyijwe abashe kubikwa mu bigo mu ma banki hagamijwe no guhabwa inguzanyo.

    Avuga ko ibyiyemejwe muri iyi nama, hazabaho kongera kwicarana n’ibigo by’imari ku buryo ibyiyemejwe byashyirwa mu bikorwa hashyirwaho umurongo nyawo mu rwego rwo kugira ngo byubahirizwe vuba ku bufatanye bwa Leta, ibigo by’imari na NUDOR.


    source : https://ift.tt/3xKHIbz

  • Komisiyo y’imisifurire ya Ferwafa yahagaritse abasifuzi barindwi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Ugushyingo 2021, komisiyo ya Ferwafa y’imisifurire yateranye yiga yiga ku myitwarire ya bamwe mu bayobozi b’imikino (abasifuzi n’abakomiseri) mu marushanwa atandukanye ategurwa na FERWAFA maze ifata imyanzuro ikurikira :

    1. SEBAHUTU Yussuf : Komisiyo yasanze SEBAHUTU Yussuf wari Komiseri w’umukino wa Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagore wahuje IPM WFC na GATSIBO WFC wabaye tariki ya 27 Ugushyingo 2021 yarakoze amakosa kuri uwo mukino bityo Komisiyo ifata umwanzuro wo kumuhagarika amezi atandatu (6) uhereye umunsi yamenyesherejweho uyu mwanzuro.

    2. MUNYANEZA Jean Paul : Komisiyo yasanze MUNYANEZA Jean Paul wari Komiseri w’umukino wa Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagore wahuje KAYONZA WFC na NASHO WFC wabaye tariki ya 27 Ugushyingo 2021 yarakoze amakosa kuri uwo mukino bityo Komisiyo ifata umwanzuro wo kumuhagarika amezi atandatu (6) uhereye umunsi yamenyesherejweho uyu mwanzuro.

    NSABIMANA Céléstin wari umusifuzi wa kane na MUNEZA Vagne wari umusifuzi wo hagati ku mukino wa Rayon Sports na Etoile de l
    NSABIMANA Céléstin wari umusifuzi wa kane na MUNEZA Vagne wari umusifuzi wo hagati ku mukino wa Rayon Sports na Etoile de l’Est bahagaritswe

    3. NSABIMANA Céléstin : Komisiyo yasanze NSABIMANA Céléstin wari umusifuzi wa kane ku mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo ‘’Primus National League” wahuje Rayon Sports FC na Etoile de l’Est FC wabaye tariki ya 27 Ugushyingo 2021 yarakoze amakosa kuri uwo mukino bityo Komisiyo ifata umwanzuro wo kumuhagarika ibyumweru bibiri (2) by’imikino bibarwa uhereye ku munsi wa karindwi wa Shampiyona uzakinwa ku itariki ya 4 Ukuboza 2021.

    4. MUNEZA Vagne : Komisiyo yasanze MUNEZA Vagne wari umusifuzi wo hagati ku mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo ‘’Primus National League” wahuje Rayon Sports FC na Etoile de l’Est FC wabaye tariki ya 27 Ugushyingo 2021 yarakoze amakosa kuri uwo mukino bityo Komisiyo ifata umwanzuro wo kumuhagarika ibyumweru bitatu (3) bibarwa uhereye ku munsi wa karindwi wa Shampiyona uzakinwa ku itariki ya 4 Ukuboza 2021.

    5. RUHUMURIZA Justin : Komisiyo yasanze RUHUMURIZA Justin wari umusifuzi wa kabiri wungirije ku mukino wa Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo ‘’Primus National League” wahuje Police FC na Gorilla FC wabaye tariki ya 22 Ugushyingo 2021 yarakoze amakosa kuri uwo mukino bityo Komisiyo ifata umwanzuro wo kumuhagarika ibyumweru bine (4) by’imikino bibarwa uhereye ku munsi wa karindwi wa Shampiyona uzakinwa ku itariki ya 4 Ukuboza 2021.

    6. NSABIMANA Claude : Komisiyo yasanze NSABIMANA Claude wari umusifuzi wo hagati ku mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo ‘’Primus National League” wahuje Police FC na Gorilla FC wabaye tariki ya 22 Ugushyingo 2021 yarakoze amakosa kuri uwo mukino bityo Komisiyo ifata umwanzuro wo kumuhagarika ibyumweru bibiri (2) by’imikino bibarwa uhereye ku munsi wa karindwi wa Shampiyona uzakinwa ku itariki ya 4 Ukuboza 2021.

    7. MULINDANGABO Moïse : Inama ya Komisiyo y’imisifurire yateranye ku itariki ya 25 Ugushyingo 2021 yasanze MULINDANGABO Moïse wari umusifuzi wo hagati ku mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo ‘’Primus National League” wahuje Rayon Sports FC na Bugesera FC wabaye tariki ya 20 Ugushyingo 2021, yarakoze amakosa kuri uwo mukino bityo Komisiyo ifata umwanzuro wo kumuhagarika ibyumweru bitatu (3) by’imikino bibarwa uhereye ku munsi wa karindwi wa Shampiyona uzakinwa ku itariki ya 4 Ukuboza 2021.

    Komisiyo y’imisifurire yafashe ibi byemezo igendeye ku itegeko rigenga imisifurire mu FERWAFA mu ngingo ya karindwi (7) igika cya makumyabiri na rimwe (21).


    source : https://ift.tt/3Dkn4A1

  • Nyagatare: Duterimbere irimo gufasha abahinzi 3,000 kuzamura umusaruro w’imbuto n’imboga byoherezwa mu mahanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni umushinga wagombaga gutangira muri Mutarama 2021 ariko kubera impamvu zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19, utangira muri Kamena 2021 ukazarangira muri Gashyantare 2024, ukazagera ku bahinzi b’imboga n’imbuto 5,000 mu Karere ka Nyagatare ariko ubu ukaba ukorana n’abahinzi 3,000.

    Aba bahinzi 3,000 mu mirenge itandatu y’Akarere ka Nyagatare bakaba bakorera ku buso bwa hegitari 560 ndetse bakaba bamaze kubona umusaruro wa Toni 135 z’inyanya, imiteja, urusenda n’inanasi.

    Umukozi wa Duterimbere ushizwe guteza imbere ubuhizi bw’imboga n’imbuto mu Karere ka Nyagatare avuga ko mbere na mbere bafasha abagore kwizigamira binyuze mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya, mu bigega by’ubwizigame ndetse no gukorana n’ibigo by’imari.

    Ibi ngo babitozwa hagamijwe ko batazabura amafaranga y’igishoro mu gihe umushinga bafashwamo uzaba urangiye.

    By’umwihariko Nyagatare ngo banabatoza kumenya ko bagomba kumenya ko imihindagurikire y’ikirere ishobora kugira ingaruka ku musaruro wabo bityo bakagira umuco wo kuhira imyaka.

    Ati “Hari ugufata amazi amanuka mu mirima n’ava ku mazu yabo ku buryo bagira umuco wo kuhira kuko murabibona hano imvura nibwo igitangira kugwa. Bagize uwo muco wo kuhira byabafasha cyane kuko imvura yagwa itagwa bagomba guhinga kandi bakeza.”

    Mukamuhire Solange wo mu Mudugudu wa Kagera, Akagari ka Karushuga mu Murenge wa Rwimiyaga akorera mu matsinda abiri. Rimwe rihinga inyanya, irindi rigahinga urusenda.

    Avuga ko bahisemo gukora uyu mushinga kuko ari wo babonaga wabaha inyungu nyinshi ugereranyije n’ibigori bahingaga mbere.

    Mukamuhire avuga ko Duterimbere yabafashije kubona imbuto y’urusenda, ibaha imashini yuhira ndetse by’umwihariko ibazanira umuguzi w’umusaruro wabo uzajya uwohereza mu mahanga ari we SOUK.

    Asobanura kandi ko umushinga wabo uzabafasha gutera imbere ku buryo mu myaka iri imbere nibura umugore uri muri rimwe muri aya matsinda azabasha kwigurira ubutaka.

    Agira ati “Burya guhiga umuhigo ntuwuhigure ni ikibazo, ubundi twari twifuje ko buri mudamu nibura mu mwaka wa 2024 buri wese azaba afite hegitari y’ubutaka yiguriye abikesha iyi mishinga yacu.”

    Zimwe mu mbogamizi bafite harimo ikibazo cy’umuhanda mubi ku buryo kugeza umusaruro wabo ku isoko bigorana, gukoresha umuti mwinshi kubera igihu giterwa n’umugezi w’Akagera ndetse n’ibyonnyi by’inyamaswa.

    Iyi mishinga yo kongera umubare w’abahinzi b’imbuto n’imboga mu karere ka Nyagatare, Duterimbere iwufashwamo na OXFAM n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU).

    source : https://ift.tt/31kHlbV

  • Radio zo muri Afurika zize ku guhuriza hamwe ikoranabuhanga mu itangazamakuru #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aya mahugurwa abaye ku nshuro ya kane yari afite insanganyamatsiko igira iti “guhuriza hamwe ikoranabuhanga mu itangazamakuru muri rusange “ (Media et Fracture générationnelle), akaba yaritabiriwe n’ibihugu 10 ari byo: Togo ari na yo yayakiriye, Benin, Burkina Faso, Cameroun, Centrafrique, Congo (RDC), Côte d’Ivoire, Gabon, Guinée, Mali, Niger, Senegal, Tchad ndetse n’u Burundi n’u Rwanda byitabiriye aya mahugurwa ku nshuro ya mbere.

    Umuhango wo gufungura amahugurwa witabiriwe n’uhagarariye intumwa ya Minisitiri w’Itangazamakuru muri Togo.

    Mu gihe cy’icyumweru, abahagarariye radiyo zo mu bihugu bya Afurika bikoresha ururimi rw’Igifaransa bagarutse cyane ku mbereho y’urubyiruko n’uruhare ruhabwa mu itangazamakuru.

    Franck Jeanneret, perezida ucyuye igihe wa Radio Réveil France yibukije ko ubushakashatsi bugaragaza ko muri 2050, urubyiruko rungana na 35% ku isi yose ruzaba ari urubarizwa ku mugabane wa Afurika, akaba asanga yaba Radio cyangwa itangazamakuru muri rusange bikwiye guha agaciro urubyiruko, ibyo rukeneye n’ibyo rwifuza. Ibyo kugira ngo bigerweho hakaba hagomba kwifashishwa imbuga nkoranyambaga urwo rubyiruko rukunda gukoresha.

    Emmanuel Ziehli ni we watangije ihuriro ry
    Emmanuel Ziehli ni we watangije ihuriro ry’aya maradio rizwi nka FOMECAF

    Nyamara nk’uko byagaragajwe n’umunya Niger, Blaise Gaiyou uyobora National JEMED et fabricants de joie, urubyiruko rugaragara nk’urusubizwa inyuma, aho rudahabwa amahirwe angana n’ay’abakuze. Yatanze urugero rw’aho iyo ugiye gusaba akazi babanza kukubaza kwerekana uburambe ugafitemo byibura nk’imyaka itanu. Ati “urubyiruko rwacu rwakura he ubwo burambe?

    Indi ngingo yibanzweho muri iyi nama ni ikoreshwa ry’itumanaho rigezweho mu gutara no gusakaza amakuru.

    Mu kiganiro yatanze, umunyamakuru akaba n’umwanditsi, Pasiteri Dr. Abdoulaye Sangho wo mu gihugu cya Côte d’Ivoire yagize ati “Ikintu kitajya gihinduka ni impinduka”. Aha akaba yarashakaga kuvuga ko mu buzima bw’umuntu impinduka zihoraho.

    Yasabye abitabiriye inama kumenya no kwitabira gukoresha itumanaho rigezweho ndetse anabakangurira kumenya kubyaza umusaruro imbuga nkoranyambaga nka bumwe mu buryo bwihuse bwo gusakaza amakuru.

    Olivia Beugre wo muri wo muri Côte d
    Olivia Beugre wo muri wo muri Côte d’Ivoire

    Ibi kandi byakomojweho na Olivia Beugre, wa Radio Espérance na we wo muri Côte d’Ivoire werekanye akamaro k’abavuga rikumvikana (influencers) ku mbuga nkoranyambaga. Yerekanye uruhare rwabo mu guhindura sosiyete.

    Yaboneyeho kwibutsa abanyamakuru ko ibyo bavuga cyangwa bakora na bo bavuga rikijyana bityo bakaba bagomba kwitwararika. Iyi ngingo akaba yarayisobanuye yerekana ingero z’abantu bavugwa muri Bibiliya bagiye bakomera ku buryo basigara sosiyete ibahanze amaso nka Salomo, Dawidi, Samweli n’uruhare imyitwarire yabo yagiye igira ku bandi.

    Juliette Kpessou wa Radio Hozana yo muri Bénin
    Juliette Kpessou wa Radio Hozana yo muri Bénin

    Urundi rugero rwatanzwe na Juliette Kpessou wa Radio Hozana yo muri Bénin, wigishije uburyo bwo gusesengura ukuri nyako kw’amakuru, ni uruhare itangazamukuru ryo mu Rwanda ryagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yakomeje asaba abitabiriye amahugurwa ko bazajya babanza gusuzuma amakuru bagiye gutanga mu rwego rwo kutayobya ababakurikira. Ibyo kandi bikaba byarashimangiwe na Rev. Timothée Tsomana aho yashimangiye ko abantu muri rusange by’umwihariko abanyamakuru bakwiye kubanza gusesengura amakuru bagiye gutanga.

    Benjamin Holl ushinzwe tekiniki z
    Benjamin Holl ushinzwe tekiniki z’amajwi wo muri Kameruni

    Mu rwego rwo kumenya gukoresha itumanaho rigezweho mu gutara no gusakaza amakuru, umunyamakuru Benjamin Holl ushinzwe tekiniki z’amajwi wo mu gihugu cya Kameruni, yigishije abitabiriye amahugurwa uburyo akazi kabo kaborohera bakoresheje ibikoresho byabo bya buri munsi. Aha akaba yaribanze kuri telefoni zigendanwa n’uburyo abanyamakuru bazikoresha mu gufata amajwi n’amashusho kandi zigatanga umusaruro umeze neza.

    Aya mahugurwa ngarukamwaka yaturutse ku gitekerezo cy’umuryango Hirondelles wo mu Busuwisi. Uyu muryango ukaba waraturutse kuri Radio Hirondelles yakoreraga mu Rwanda itanga ubutumwa bwiza bw’amahoro mu 1994 ubwo ayandi ma Radiyo nka RTLM yari yarabaye intwaro ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Intego y’aya mahugurwa ikaba ari ugukangurira abanyamakuru kwishyira hamwe aho gukora nk’abakeba kugira ngo byoroshye akazi kabo n’imikorere. Ku ruhande rw’u Rwanda, aya mahugurwa yitabiriwe na KT Radio.


    source : https://ift.tt/3IcVQiM

  • Abasirikare bigeze gushinjwa gusambanya abantu muri Kangondo bahanaguweho icyo cyaha bagabanyirizwa igihano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Icyo cyaha hamwe n’ibijyanye no gukubita ndetse no kwiba, bagiye babishinjwa ko babikoreye muri Kangondo muri Werurwe umwaka ushize wa 2020, bakaba babihanaguweho n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kuri uyu 01 Ukuboza 2021.

    Ubwo abo basirikare bakatirwaga igifungo n’Urukiko rw’Ubujurire rwa Gisirikare mu kwezi k’Ukwakira 2020, baje kujuririra mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare mu kwezi kwakurikiyeho k’Ugushyingo 2020.

    Baburanaga bari kumwe n’abasivili babiri, ari bo Ntakaziraho Donat na Mukamulisa Diane(bakoraga irondo ry’umwuga), kuko Ubushinjacyaha buvuga ko igihe abasirikare bajyaga gukora ibyaha ngo babaga bari kumwe.

    Private Ndayishimiye Patrick wari wakatiwe igifungo cy’imyaka itatu, yakigabanyirijwe gisigara ari amezi atanu n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100, bisobanura ko yakirangije kuko amaze umwaka urenga afunzwe.

    Pte Nishimwe Fidèle na we wari wakatiwe igifungo cy’umwaka umwe, ubu yakatiwe igifungo cy’amezi atandatu n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500, akaba na we yarakirangije kubera ko yari amaze umwaka urenga afunzwe.

    Abasivili Ntakaziraho Donat na Mukamulisa Diane bahanishijwe igifungo cy’amezi atanu n’ihazabu y’Amafaranga ibihumbi 100, ariko Mukamulisa Diane akazagikora nyuma y’umwaka umwe kuko ngo afite umwana muto muri iyi minsi(ndetse akaba atari ahari mu isomwa ry’urwo rubanza rw’ubujurire).

    Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwavuze ko impamvu yo guhanagurwaho ibyaha byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato no kwiba, ari uko rwabiburiye ibimenyetso.

    Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ni cyo cyonyine cyahamye Pte Nishimwe Fidèle, ariko na we akaba yagabanyirijwe igihano kuko Urukiko ngo rwasanze yarasembuwe.

    Abandi bahamwe n’uko batigeze bamenyekanisha icyo cyaha ngo bavuge ko mugenzi wabo arimo gukora amakosa.

    Uru rubanza rugitangira kuburanishwa mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gisirikare mu mwaka ushize wa 2020, rwarimo abasirikare batanu ariko abatatu bahise bahanagurwaho ibijyanye no guhishira bagenzi babo mu gihe urubanza rwasomwaga.

    source : https://ift.tt/3dhf1tb

  • #COVID19: Umuntu umwe yitabye Imana, abanduye bashya babonetse ni 13 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuntu umwe yishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, akaba ari umugabo w’imyaka 53 i Musanze. Abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize icyo cyorezo ni 1,342.

    source : https://ift.tt/3xI31dT

  • Polisi yahuguye abasirikare ku gukumira no kuzimya inkongi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni amahugurwa yari amaze iminsi ibiri abera mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Nyarugunga mu Kagari ka Kamashashi mu kigo cya Gisirikare cya Kanombe.

    Aya amahugurwa ni imwe muri gahunda za Polisi y’u Rwanda zo guhugura abakozi b’ibigo bitandukanye mu Rwanda ku kugira ubumenyi bw’ibanze ku kwirinda no kurwanya inkongi aho bakorera n’aho batuye.

    Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi (FRB), Assistant Commissioner of Police (ACP) Paul Gatambira yavuze ko abasirikare bahuguwe ari abagize ishami rya gisirikare rishinzwe imyitwarire bakorera mu kigo cya Kanombe. avuga ko bahuguwe ku bigize umuriro ndetse n’igitera inkongi. Banahawe ubumenyi bw’ibanze bakwifashisha mu kuzimya inkongi igihe ibaye.

    Yagize ati “Aya mahugurwa yari ahuriwemo n’abasirikare ba Ofisiye n’abasirikare bato muri Military Police, babanje gusobanurirwa ibigize inkongi n’ibiyitera kugira ngo bamenye uko bakwitabara igihe ibaye. Ariko ikiruta ibindi tubasobanurira ibitera inkongi kugira ngo babashe no kuzikumira zitabara.”

    ACP Gatambira yagaragaje ko abasirikare n’abapolisi bafite inshingano zo kumenya ibijyanye no kuzimya inkongi kuko iyo hari aho ibaye nibo bafata iya mbere bakajya gutabara abaturage. Yavuze ko aya mahugurwa aba akenewe mu byiciro bitandukanye by’abaturarwanda.

    Yashimiye abitabiriye amahugurwa abashimira n’uburyo bagaragaje ko basobanukiwe n’ibyo bahuguwe babinyujije mu goresha bimwe mu bikoresho bizimya inkongi. Abahuguwe nabo bishimiye ubumenyi bahawe bavuga ko bizabafasha mu kwirinda no kurwanya inkongi aho batuye n’aho bakorera haramutse habaye inkongi.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3G7D22k