Tag: featured

  • RwandAir yasubukuye ingendo zigana mu Buhinde – #rwanda #RwOT

    RwandAir yari yarahagaritse ingendo zijya mu Buhinde muri Kamena, ubwo icyo gihugu cyari cyibasiwe n’ubwandu bw’icyorezo cya Covid-19 ku rwego rukomeye.

    Iki kigo kirasubukura gikora ingendo ebyiri, zirimo urukorwa kuwa Mbere mu gihe urundi ruba kuwa Gatanu.

    Mu rwego rwo gukomeza kwaguka, RwandAir yari iherutse gutangaza ko izatangira ingendo zijya mu Mujyi wa Goma na Lubumbashi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe ibikorwa byo gusubukura ingendo mu bihugu zari zarahagaritswemo nabyo bikomeje.


    source : https://ift.tt/3lNIEGs

  • BNR yatanze umuburo ku bigo bitanga serivise z’ubwishingizi bitabyemerewe – #rwanda #RwOT

    BNR yatangaje ko hari ikigo cyitwa Horebu Micro Insurance Plc kiri mu bigo bibeshya ko bitanga izi serivise z’ubwishingizi, isaba abantu kuyirinda, bagakorana n’ibigo byizewe birimo banki, ibigo by’ubwishingizi, inzu z’ivunjisha n’ibindi bigo bifite uburenganzira bwo gutanga serivise.

    Mu itangazo iyi banki yashyize hanze, rivuga ko “BNR ifashe umwanya wo kuburira abantu bakorana n’ibigo bidafite uburenganzira bwo gutanga serivise z’ubwishingizi; kimwe muri ibyo bigo kikaba Horebu Micro Insurance Plc. Iki kigo nta burenganzira gifite [bwo gutanga serivise kivuga ko gitanga], bityo ku bantu bakorana nacyo, bazirengera ingaruka zabyo.”

    Mu nshingano za Banki Nkuru y’Igihugu, harimo kugenzura imikorere y’ibigo bitanga serivise z’imari n’ubwishingizi, kugira ngo harebwe ko byubahirije amategeko, ndetse bidashobora kwihisha mu mutaka wa serivise bitanga, bikaba byakora ibikorwa birimo ubujura n’ibindi bishobora kugira ingaruka ku gihugu.

    BNR yatanze umuburo ku bigo bitanga serivise z’ubwishingizi zitemewe

    source : https://ift.tt/39pxfa4

  • Canal+ yagiranye amasezerano na Airtel azorohereza abakenera kugura ifatabuguzi rya Televiziyo – #rwanda #RwOT

    Ni amasezerano yamurikiwe itangazamakuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nzeri 2021 ku cyicaro cya Canal+ kiri mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

    Muri uyu muhango, Umuyobozi mushya wa Airtel Rwanda, Emmanuel Hamez yavuze ko ari ibintu by’agaciro kongera iyi serivise mu zo Airtel Money isanzwe itanga, agaragaza ko ari amahirwe y’abakiliya b’impande zombi.

    Ati “Twishimiye kubereka amasezerano twagiranye, ni serivise nshya yiyongere mu zo dutanga twifashishije Airtel Money, duhaye ikaze abakiliya ba Canal+ baryoherwe na serivise zacu.”

    Aya masezerano Canal+ isinyanye na Airtel Rwanda bayagize mu gihe iki kigo cy’itangazamakuru cyatangiye ubukangurambaga ‘Ohereza amafaranga ku buntu’, aho umuntu abasha koherereza amafaranga mugenzi we nta kiguzi bimusabye.

    Aha Umuyobozi wa Airtel Rwanda, yibukije abanyamakuru ko gukoresha Airtel Money ugura ifatabuguzi rya Canal+ ariyo mahitamo akwiye kuko nta kiguzi ucibwa.

    Umuyobozi wa Canal+ Rwanda, Sophie Tchatchoua yavuze ko bishimiye amasezerano bagiranye na Airtel Rwanda.

    Ati “Ni ibyishimo kuri twe kuba abakiliya bacu bagiye gutangira kugura ifatabuguzi bifashishije Airtel money, nibaza ko bizaba ari byiza kuba babasha kwigurira ifatabuguzi mu buryo buboroheye, budahenze kandi bitabasabye kuva mu rugo.”

    Uwifuza kugura ifatabuguzi rya Canal+ yifashsihije Airtel Money, asabwa kwandika *500*4*3*2*4*1# ubundi akongeraho nimero ya decoder hanyuma akishyura umubare w’amafaranga ujyanye n’ifatabuguzi yifuza.

    Sophie Tchatchoua , Umuyobozi wa Canal+ Rwanda ashyira umukono ku masezerano

    Umuyobozi mushya wa Airtel Rwanda, Emmanuel Hamez ashyira umukono ku masezerano

    Canal+ yizeye ko amasezerano na Airtel azorohereza abakirlya bayo kugura ifatabuguzi bakoresheje Airtel Money

    source : https://ift.tt/3ztFtsz

  • U Rwanda rwahagaritse ibiganiro n’u Bubiligi nyuma y’amagambo ya Minisitiri w’Intebe wungirije kuri Rusesabagina – #rwanda #RwOT

    Urubanza rwa Paul Rusesabagina rwashyizweho akadomo nyuma y’igihe kirenga umwaka uyu mugabo ari imbere y’ubutabera bw’u Rwanda akurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba byakozwe n’umutwe wa FLN yari abereye umwe mu bayobozi.

    Rusesabagina yahamwe n’ibyaha aregwa, uretse ikijyanye n’iremwa ry’umutwe w’ingabo bitemewe, akatirwa igihano cy’imyaka 25.

    Ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bubiligi, byanenze imikirize y’urubanza rwe, bivuga ko ryari urwiyerurutso, ko nta butabera buboneye yaboneye mu Rwanda.

    Minisitiri w’Intebe wungirije w’u Bubiligi akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sophie Wilmes, yasohoye itangazo avuga ko nyuma y’inshuro nyinshi u Bubiligi bwagaragaje impungenge kuri iki kibazo “Rusesabagina atigeze yungukira ku ihame ry’ubutabera buboneye by’umwihariko ku ngingo y’uburenganzira bwo kunganirwa”.

    Itangazo rye rivuga ko ihame ry’uko umuntu utarahamwa n’icyaha aba akiri umwere ritigeze ryubahirizwa mu rubanza rwa Rusesabagina, ibintu ngo bituma imikirize y’urubanza rwe yibazwaho.

    Wilmes yakomeje avuga ko azagirana ibiganiro n’u Rwanda mu biganiro bishamikiye ku Nama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York muri iki cyumweru, ndetse ko “u Bubiligi bukomeje kuba hafi ya Rusesabagina”.

    Guverinoma y’u Rwanda yahise nayo isohora itangazo, rivuga ko amagambo ya Sophie Wilmès, agaragaza n’ubundi uruhande iki gihugu cyari cyarafashe kuva ku ntangiriro z’uru rubanza rwo kunenga ubutabera bw’u Rwanda nubwo hari uruhare cyagize mu iperereza ku byaha Rusesabagina yashinjwaga ryakozwe n’inzego zacyo.

    Iri tangazo rivuga ko abagizweho ingaruka n’ibikorwa bya FLN “bafite uburenganzira ku butabera bungana n’ubwa Rusesabagina hamwe n’abo baregwa hamwe”.

    Kubera iyo mpamvu, Guverinoma y’u Rwanda yafashe umwanzuro wo gusubika ibiganiro byari biteganyijwe ku rwego rwa ba minisitiri b’impande zombi.

    Riti “ Ibiganiro byari biteganyijwe ku rwego rwa ba minisitiri bishamikiye ku Nama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York, ntibizabaho”.

    Gusa Guverinoma y’u Rwanda yakomeje ivuga ko yiteguye kwakira Minisitiri w’Intebe wungirije w’u Bubiligi akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu biganiro hagati y’ibihugu byombi.

    Nubwo u Bubiligi bwanenze imikirize y’urubanza rwa Paul Rusesabagina, nibwo bwafashije u Rwanda kubona inyandiko nyinshi zashingiweho ahamwa n’ibyaha.

    Izo zishingiye ku isakwa yakorewe na Polisi y’u Bubiligi mu 2019 mu rugo rwe, hagafatwa amakuru yose ajyanye n’uburyo yateraga inkunga ibikorwa bya FLN. Hari andi makuru Polisi y’u Bubiligi yakuye muri mudasobwa ye cyo kimwe na telefoni.

    Inyandiko igaragaza bimwe mu bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bw’u Bubiligi nyuma yo gusaka urugo rwa Rusesabagina i Bruxelles yerekana inzira zakoreshwaga mu gukusanya inkunga yakoreshejwe mu bikorwa by’iterabwoba bya MRCD/FLN.

    Bimwe mu biganiro byasanzwe mu nyandiko zo muri groupe ya WhatsApp yitwa “Abadasigana ba MRCD’’, yarimo na Rusesabagina wari wariyise “Pas Besoin.’’ Rusesabagina yemeye ko iyo telefoni yari iye ndetse ariyo yakoreshaga mu Bubiligi.

    Mu bihe bitandukanye, Rusesabagina kimwe n’abandi bayoboke ba MRCD/FLN bandikiranye bajya inama ku cyakorwa ngo umugambi wabo wo kugaba ibitero ku Rwanda ushyirwe mu bikorwa.

    U Rwanda rwanenze amagambo ya Sophie Wilmès ruhita runasubika ibiganiro byari biteganyijwe hagati ya Minisitiri b’ibihugu byombi

    source : https://ift.tt/3EGiJcn

  • Abafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha baragira abandi inama yo kubyirinda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo berekwaga itangazamakuru ku biro bya Polisi mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Rwezamenyo, Kayitana Jean Marie Vianney, umwe muri abo bantu 38 yavuze ko yafashwe ku mugoroba wa tariki 18 Nzeri 2021, afatwa amaze gukora impanuka.

    Yagize ati “Inzoga ndabyemera narayinyoye, nayinyoye saa sita ngiye ku meza. Ku mugoroba nsoje akazi nka saa kumi n’ebyiri naratashye ngeze ku Kicukiro aho bakunze kwita kuri Rwandex, ngongana n’undi mumotari we aracika abapolisi bafata njyewe bapimye basanga mfite igipimo cya 2 cy’umusemburo wa Alukoro mu maraso”.

    Kayitana yemeye amakosa ndetse ayasabira imbabazi anagira inama n’abandi batwara ibinyabiziga, kuzirinda kugwa mu makosa nk’ayo yaguyemo.

    Ati “Iyo wanyoye ibisindisha ugatwara ikinyabiziga ntabwo uba ugifite ubushobozi bwo kukigenzura uko ugitwara, bishobora gutuma ukora impanuka nk’uko nanjye byambayeho, ubu nkaba mfite igikomere kuri ruseke. Ndagira inama abandi bashoferi kujya birinda gutwara ibinyabiziga banyoye kuko harimo ibyago byinshi byo gukora impanuka”.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije, CSP Africa Sendahangarwa Apollo, yongeye gukangurira abaturarwanda cyane cyane abatwara ibinyabiziga kujya birinda kubitwara banyoye ibisindisha kandi ko abazajya babirengaho bazajya bafatwa babihanirwe.

    Yagize ati “Polisi yagize igihe gihagije cyo gukangurira abantu kujya birinda gusoma ku kinyobwa cyose gisindisha igihe cyose bazi ko bari butware ikinyabiziga. Polisi izakomeza gutanga ubu butumwa ariko abazajya babirengaho na bo bazajya bafatwa babihanirwe”.

    CSP Sendahangarwa yakomeje avuga ko atari ngombwa ko umuntu agera aho afatirwa mu muhanda atwaye ikinyabiziga yanyoye ibisindisha, ahubwo abantu bagomba kubyirinda mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo n’ubw’abandi bakoresha umuhanda, ndetse no kurengera ibikorwaremezo byangirikira muri izo mpanuka.

    source : https://ift.tt/3ED6xJn

  • Kiyovu Sports yasinyishije umunye-Congo PINOKI VUVU Patsheli #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihe hasigaye igihe kitagera ku kwezi ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru isubukurwe, amakipe arimo Kiyovu Sports ni amwe mu makipe ari kuvugwa cyane ku isoko haba ku bakinnyi bo mu Rwanda ndetse n’abanyamahanga.

    Kiyovu Sports yatangiye imyitozo, ikomeje kongeramo amaraso mashya
    Kiyovu Sports yatangiye imyitozo, ikomeje kongeramo amaraso mashya

    Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Kiyovu Sports yazindutse itangaza ko umunye-Congo PINOKI VUVU Patsheli yayisinyiye imyaka itatu, akaba yari asanzwe ari umukinnyi w’ikipe ya AS Maniema Union yo muri Republika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Kiyovu Sports yahaye ikaze Pinoki Vuvu Patsheli
    Kiyovu Sports yahaye ikaze Pinoki Vuvu Patsheli

    Twishimiye kumenyesha abakunzi bacu ko rutahizamu mpuzamahanga PINOKI VUVU Patsheli ukomoka mu gihugu cya DR Congo yasinye amasezerano y’imyaka itatu nk’umukinnyi mushya wa Kiyovu Sports; avuye mu ikipe ya AS Maniema Union. @AzamRwanda @CityofKigali @BioRwanda pic.twitter.com/kgWcIF3y4Y

    — Kiyovu Sports (@SCKiyovuSports) September 21, 2021

    Usibye uyu mukinnyi, Kiyovu Sports iheruka gutangaza abandi bakinnyi bayisinyiye barimo myugariro Ndayishimiye Thierry wasinye amasezerano y’imyaka 2 avuye mu ikipe ya Marine FC, isinyisha kandi na Niyonkuru Ramadhan wasinye imyaka ibiri avuye muri Mukura VS.

    Mu bandi bakinnyi ikipe ya Kiyovu Sports yasinyishije ndetse banatangiye imyitozo, harimo Benedata Janvier ndetse na Nkinzingabo Fiston basinye amasezerano y’imyaka ibiri bavuye mu ikipe ya AS Kigali.

    Nkinzingabo Fiston ubu ni umukinnyi wa Kiyovu Sports
    Nkinzingabo Fiston ubu ni umukinnyi wa Kiyovu Sports

    Kiyovu Sports kandi nyuma yo gutandukana n’umutoza Etienne Ndayiragije, yasinyishije umutoza Haringingingo Francis ukomoka i Burundi, akungirizwa na Rwaka Claude, ikaba iherutse no gusinyisha Niyonkuru Vladimir nk’umutoza w’abanyezamu.

    Umutoza wa Kiyovu Sports Haringingo Francis
    Umutoza wa Kiyovu Sports Haringingo Francis
    Umutoza w
    Umutoza w’abanyezamu Niyonkuru Vladmir


    source : https://ift.tt/3nPEZL7

  • Ibara ry’inkari, impumuro n’inshuro wihagarika ku munsi bivuze iki ku buzima bwawe? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu muco w’Abanyarwanda, iyo umubyeyi yabyaye bamusuhuza bamubaza bati “Murannya muranyara?”

    Mu bihugu by’i Burayi na ho ni nk’uko ngo hambere baramukanyaga bagira bati «Comment allez-vous à la selle?». Ugenekerereje mu Kinyarwanda ni nko kuvuga ngo « Ese murituma neza?»

    Ariko usanga abantu babibafata nk’ikintu kitavugwa kandi nyamara iyo bigenda neza (kwihagarika no kwituma) ari kimwe mu bimenyetso bigaragaza ko ubuzima buhagaze neza.

    Ese ubundi inkari zigira ibara risa rite?

    Ubusanzwe inkari zigira ibara risa n’umuhondo wererutse, iyo mu mubiri harimo amazi macye zigira ibara ry’umuhondo.

    Amabara atandukana bitewe n’impamvu zinyuranye

    Iroza cyangwa umutuku

    Ibiribwa bimwe na bimwe nka karoti, inkeri, beterave bishobora gutuma inkari zawe zitukura, ariko bishobora no guterwa n’imiti imwe n’imwe nka rufampin cyangwa phenazopyridine.

    Igihe cyose ubonye kenshi zitukura ihutire kwisuzumisha kuko hashobora no kuba harimo amaraso.

    Icyakora kuba zitukura si ko buri gihe bivuga ko ari ikibazo, ariko bishobora kuba ikimenyetso cy’uko urwaye impyiko, ubwandu bw’umuyoboro w’inkari, ikibazo cya porositate cyangwa kanseri.

    Orange

    Niba ubonye zisa na orange, bishobora guterwa nuko urimo gufata imiti irimo vitamini B2 nyinshi, cyangwa se umuti wa phenazopyridine cyangwa isoniazid.

    Gusa niba utarimo gufata iyo miti, birerekana ko umubiri wawe nta mazi ufite, cyangwa se umwijima wawe ukaba ushobora kuba urwaye. Wagana kwa muganga bakagusuzuma.

    Ubururu cyangwa icyatsi

    Ibi bishobora guterwa n’ibyo wariye birimo aya mabara. Bishobora kandi no guterwa n’imiti nka propofol na promethazine, bitabaye ibyo, wagana kwa muganga bakareba ikibazo kibitera.

    Zimeze nk’urufuro

    Utitaye ku ibara zifite, igihe cyose wihagaritse ugasanga zirasohoka zimeze nk’urufuro, biba byerekana ko harimo poroteyine zirimo gusohoka, byaba byiza wihutiye kujya kwa muganga ukisuzumisha.

    Inkari zigira iyihe mpumuro?

    Ubusanzwe ntabwo zigira impumuro ikabije, icyakora bitewe n’ibyo wariye cyangwa wanyoye zishobora kugira impumuro yihariye. Gusa iyo nta mazi menshi ufite ukihagarika inkari z’umuhondo cyane, ziba zifite impumuro nk’iya ‘ammonia’.

    Na none kandi igihe cyose wumvise inkari zifite impumuro idasanzwe, ushobora kuba urwaye diyabete (mu gihe wihagarika inkari zihumura), indwara z’umuyoboro w’inkari, ubwandu mu ruhago cyangwa ikibazo ku mpyiko.

    Umuntu yihagarika kangahe ku munsi?

    Nk’uko dutandukanye ni na ko imibiri yacu ikora mu buryo butandukanye. Gusa muri rusange ntibyagakwiye kurenga inshuro 8 ku munsi, ariko nk’iyo wanyoye inzoga cyangwa ibirimo caffeine izo nshuro zishobora kurenga.

    Kwihagarika inshuro nyinshi bishobora no guterwa n’imiti imwe n’imwe, kuba utwite cyangwa ugeze mu zabukuru.

    Icyakora nubona inshuro usanzwe unyara ku munsi ziyongereye bidatewe n’imwe muri izo mpamvu, bishobora kuba ikimenyetso cy’uko ufite uburwayi bwa diyabete, kuba prostate yabyimbye, ubwandu bw’umuyoboro w’inkari, indwara ya vaginitis ku bagore cyangwa ikibazo cy’imikorere y’uruhago.

    Icyo gihe muganga ni we uzamenya ikibigutera amaze kugusuzuma, aguhe imiti ijyanye n’uburwayi ufite.

    Na ho nubona wihagarika rimwe ku munsi cyangwa hagashira iminsi utabikora, kandi wanyoye, bizaba biterwa n’uruhago rukora bidasanzwe, nabwo wagana muganga akakubwira icyo wakora, ariko na none kwita ku mirire n’iminywere akenshi birabikemura.

    source : https://ift.tt/3hSqC4I

  • Rayon Sports igiye gutangira imikino ya gicuti, iravugwamo andi mazina mashya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hashize icyumweru kimwe umutoza Masudi Djuma atangiye gukoresha imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports, aho ku ikubitiro uyu mutoza yari yanenze urwego yasanzeho abakinnyi ba Rayon Sports yabasanzeho.

    Nishimwe Blaise nawe akomeje gukora imyitozo muri Rayon Sports
    Nishimwe Blaise nawe akomeje gukora imyitozo muri Rayon Sports

    Masudi Djuma yari yatangaje ko muri iki Cyumweru ari bwo atangira kwakira abandi bakinnyi bashya, aho kugeza ubu mu bamaze gutangira imyitozo harimo Manace Mutatu Mbedi yamaze gutangira imyitozo.

    Manace Mutatu mu myitozo ye ya mbere muri uyu mwaka w
    Manace Mutatu mu myitozo ye ya mbere muri uyu mwaka w’imikino

    Ikipe ya Rayon Sports itegereje kandi umunyarwanda Nsengiyumva Isaac ukina hagati wari usanzwe ukina mu ikipe ya Express FC yo muri Uganda, uyu akaba aheruka no guhamagarwa mu ikipe y’igihugu Amavubi ariko ntiyahita abona ibyangombwa.

    Rayon Sports kandi ifite abandi bakinnyi baje mu igeragezwa baturutse hanze ndetse n’abandi

    Muzamiru Mutyaba

    Ni umukinnyi wo mu kibuga hagati ushobora gukina afasha ba rutahizamu, uyu ukomoka muri Uganda akaba ari umwe mu bakinnyi bifuzwa cyane n’ikipe ya Rayon Sports, akaba nawe ari mu bakinnyi bavugwa ko bashobora kugera mu Rwanda muri iki Cyumweru.

    Muhire Kevin nawe ni umwe mu bakinnyi bifuzwa cyane n’ikipe ya Rayon Sports, nyuma y’aho muri shampiyona ishize ubwo Rayon Sports yamusinyishaga amezi abiri gusa, akaza kuyikinira umwe gusa nawo atarangije kuko yaje kuvunika mu gice cya mbere, shampiyona irindi irangira ataragaruka mu kibuga.

    Umunya-Cameroun Essomba Onana leandre Willy nawe ni umwe mu bakinnyi bamaze kugera mu Rwanda, bikaba byitezwe ko agomba gukora igeragezwa mu ikipe ya rayon Sports yashimwa n’umutoza akabona kuyisinyira.

    Usibye aba kandi Rayon Sports yasinyishije abakinnyi bashya barimo Mitima Isaac, Muvandimwe Jean Marie Vianney, Byumvuhore Trésor, Mugisha François ‘Master’, Mushimiyimana Mohamed na Mico Justin.

    Rayon Sports irakina umukino wa gicuti

    Ikipe ya Rayon Sports biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu, igomba gukina umukino wayo wa mbere na gicuti na Musanze FC, umukino uzabera kuri Stade Ubworoherane y’i Musanze, ukaba uri mu rwego rwo kugerageza abakinnyi bashya ku makipe yombi.

    source : https://ift.tt/3hV7MKe

  • REG igiye kuzuza imiyoboro mishya izifashishwa mu kugeza amashanyarazi mu mujyi wa Goma #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu rwego rwo kurushaho kunoza ubu buhahirane bw’amashanyarazi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, REG yatangiye kubaka umuyoboro mushya uzajya wifashishwa muri ubu buhahirane hagati y’umujyi wa Gisenyi n’uwa Goma.

    Butera Laurent, uhagarariye ishami rya REG mu Karere ka Rubavu, avuga ko uyu muyoboro uzafasha u Rwanda kohereza amashanyarazi i Goma igihe cyose bikenewe kandi akagerayo afite imbaraga zikenewe.

    Yagize ati : “ubwo twoherezagayo amashanyarazi igihe ikirunga cya Nyiragongo giheruka kuruka, byari uburyo bwo gutabara abaturanyi maze twifashisha imiyoboro isanzwe iri i Rubavu yegereye Goma. Ubu rero twubatse umuyoboro mushya ku buryo igihe cyose bazajya bakenera amashanyarazi tuzajya tuyoherezayo afite imbaraga kandi dufite uburyo bwo kugenzura neza ubuziranenge bwayo n’ingano twohereje”.

    Ibikorwa byo kubakwa umuyoboro uzavana amashanyarazi kuri sitasiyo y’amashanyarazi ya Rubavu uyajyana muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo mu Mujyi wa Goma, byamaze gusozwa ndetse n’igeragezwa kugira ngo amashanyarazi agere mu mujyi wa Goma ryatangiye.

    Butera Laurent avuga ko umushinga wo kubaka uyu muyoboro umaze amezi abiri utangiye, aho bubatse ibirometero bisaga 11,3 bivana amashanyarazi kuri sitasiyo y’amashanyarazi ya Rubavu, bikanyura muri Mbugangari ndetse bigakomeza ku mupaka wa “Petite Barrière” kugera mu Mujyi wa Goma.

    Butera avuga ko ndetse ibikorwa bisa nk’aho byasojwe kandi igeragezwa ryatangiye, igisigaye gukorwa ari ugukosora udukosa duke twaba twaragaragayemo.

    Butera yagize ati “Mu minsi ishije twakoze igerageza, ndetse amashanyarazi agera mu Mujyi wa Goma, twabonye ari ibintu bishoboka ndetse REG yasinyanye amasezerano na Kompanyi itanga amashanyarazi muri Kongo yitwa SOCODEE (Société Congolaise de Distribution d’Eau et d’Electricité) ku buryo mu cyumweru gitaha tuzatangira guha amashanyarazi Umujyi wa Goma”.

    Butera akomeza avuga ko Goma izajya ihabwa amashanyarazi ari uko iyakeneye gusa ndetse ayo mashanyarazi SOCODEE ikayishyura ku buryo u Rwanda ruzajya rubyungukiramo.

    Abaturage bo muri Goma bamaze gusogongera ku mashanyarazi ya REG barayashima

    Abaturage twaganiriye batuye muri uyu mujyi wa Goma bishimira ko amashanyarazi bigeze guhabwa na REG ubwo uyu mushinga wageragezwaga, yari meza cyane ugereranyije n’ayo babonaga.

    Umwe mu bayobozi ba Serena Hotel y’i Goma ariko utifuje ko amazina ye atangazwa, yavuze ko igihe bahabwaga amashanyarazi na REG babonye adacikagurika nk’uko ayo babonaga ameze.

    Yagize ati “Mu minsi ishize twahawe aya mashanyarazi yo mu Rwanda mu gihe aya Kongo yari yagize ikibazo, nkatwe nk’abantu bafite hoteli tuba twifuza amashanyarazi adacika cyane kuko ubusanzwe aya hano aracikagurika bikadutwara amafaranga menshi ya mazutu dushyira muri “generator”, ariko icyo gihe duhabwa aya REG nta kibazo cyabayeho ndetse byaradushimishije cyane, ubwo tugiye kujya tuyabona kenshi ni amahirwe tugize nk’abashoramari.”

    Byamungu Olivier we ni umucuruzi ufite akabari i Katindo mu Mujyi wa Goma. Uyu na we yemeza ko icyo gihe babona amashanyarazi ya REG babonye itandukaniro ndetse bishimira ko REG yasinye amasezerano na SOCODEE kugira ngo babone amashanyarazi adacikagurika.

    U Rwanda rukomeje gushyira ingufu nyinshi mu kubaka inganda z’amashanyarazi nyinshi ndetse zimwe ubu ziri kuzura. Muri zo harimo nk’uruganda rw’amashanyarazi akomoka kuri “Gaz methane” rwitwa Shema Plant Lake Kivu ruherereye mu Karere ka Rubavu ruri hafi kuzura ndetse rwitezeho kuzatanga megawati zisaga 56 z’amashanyarazi bitarenze uyu mwaka wa 2021, hari kandi uruganda rw’amashanyarazi akomoka kuri Nyiramugengeri ruzwi ku izina rya Hakan Peat power plant ruherereye mu Karere ka Gisagara; uru rwo rukaba rwaratangiye kugeragezwa aho rugomba kuzatanga megawati 80, ndetse hakaba n’urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo ruteganyijwe kuzura umwaka utaha rukazatanga megawati 80 ariko zizagabanywa mu bihugu bitatu ari byo u Rwanda, Tanzania n’u Burundi.

    Aya mashanyarazi akomeza kwiyongera mu gihe yaba arenze ikigero abaturarwanda bayakeneye yazajya abyazwa inyungu, ari yo mpamvu hari bimwe mu bihugu by’abaturanyi bizajya biyahabwaho ariko bikishyura u Rwanda.

    Ubu mu Rwanda ingo zifite amashanyarazi zageze kuri 65.9% ubariyemo izifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro rusange ndetse n’izikoresha adafatiye ku muyoro rusange yiganjemo akomoka ku mirasire y’izuba.

    Ni inkuru dukesha Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG)

    source : https://ift.tt/3hUZ7rc

  • Abantu benshi babonye za miliyoni bazikesha indirimbo zanjye – Masamba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Masamba
    Umuhanzi Masamba

    Masamba waririmbye indirimbo zitandukanye harimo n’ikunzwe muri iyi minsi yitwa ‘Kanjogera’, ibyo yabitangaje mu kiganiro ‘Dunda’ kuri KT Radio, ubwo yarimo avuga ku byo yigiye ku Cyorezo cya Covid-19.

    Yagize ati “Ndakubwiye, hari abantu benshi nakijije kubera indirimbo zanjye, kuko ntari nzi uko bakoresha ikoranabuhanga mu kubyaza indirimbo amafaranga, ariko kubera icyorezo cya Covid-19, ibitaramo bikorerwa kuri Internet, naje kumenya uko bigenda mpita nshaka umuntu uzobereye mu by’ikoranabuhanga kugira ngo amfashe kubikurikirana, none ubu natangiye kubibyaza amafaranga”.

    Umuhanzi Masamba yahishuye ko arimo gukora kuri ‘album’ nshya izaba igizwe n’indirimbo za Se kugera ku rwego rwa 90%. Iyo album nshya izasohoka mu mpera z’uyu mwaka, kandi yavuze ko ateganya kongera gutangira ibitaramo bya ‘Gakondo’ muri Hoteli ‘Mille Collines’.

    Masamba ni umuhanzi w’icyamamare kandi ukundwa na benshi kubera indirimbo ze ziganjemo iza gakondo, akaba yarashoboye kumenyekanisha umuco nyarwanda ku rwego rw’Isi, abinyujije mu ndirimbo ze.

    Indirimbo aherutse gusohora yise ‘Wanyoye Amata’, ni indirimbo usanga ubu icurangwa cyane ku maradiyo atandukanye mu gihugu.


    source : https://ift.tt/2XOIJBI