Tag: featured

  • Urubyiruko rwasabwe kuba ku isonga mu rugamba rwo guhangana n’ingaruka za Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ni ubusabe rwahawe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Nzeri 2021, ubwo hizihizwaga Umunsi mpuzamahanga w’Amahoro, mu biganiro byahuje urubyiruko 200 ruturutse hirya no hino mu gihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda n’abafite aho bahuriye n’amahoro.

    Mu biganiro nyunguranabitekerezo byatangiwe muri uyu muhango hagaragajwe ko Covid-19 yabangamiye amahoro ndetse n’abantu babaho bahangayitse.

    Urubyiruko rwagaragaje ko rwahuye n’ibibazo bitandukanye biturutse kuri iki cyorezo by’umwihariko ikijyanye n’ubukene ndetse no kudindira kw’inzozi zabo biturutse ku kubura akazi ndetse no kudindira mu mashuri.

    Umuyobozi wungirije wa Never Again Rwanda, Mahoro Eric, yavuze ko hari ibibazo bitandukanye urubyiruko rwahuye nabyo mu gihe cya Covid-19.

    Yagize ati “Hari ibibazo binyuranye urubyiruko rwagiye runyuramo nk’ibura ry’umurimo no gutakaza uburyo bwari busanzwe bw’imibereho n’ibibazo byo mu mutwe, biri mu byagiye bikunda kugaruka bishingiye ku ngaruka z’icyorezo.”

    Yakomeje asaba urubyiruko gufatanyiriza hamwe n’abandi mu guhangana n’ingaruka zatewe na Covid-19 no gukora ibishoboka byose ntihagire usigara muri uru rugamba.

    Yagize ati “Uyu munsi ubutumwa ni ugufatanya kugira ngo duhangane na za ngaruka z’icyorezo, twiyubaka nka sosiyete muri rusange cyane cyane urubyiruko.”

    “Na none tureba uko twakubaka Isi idaheza, ni ukuvuga abakuze, urubyiruko, abafite ubumuga abantu bose bari mu byiciro by’ubuzima ntitubibagirwe mu kwiyuka n’ubwo tutarava mu cyorezo ariko ntihagire usigara.”

    Depite Imaniriho Clarisse yasabye urubyiruko kwigira ku ngaruka za Covid-19, rukiyungura ubumenyi buzarufasha guhangana na zo hibandwa ku kwizigama nk’imwe mu nkingi yabageza ku iterambere rirambye.

    Yagize ati “Covid-19 idusigire ikintu cyo kwizigamira, ntitukajye turya ngo tumaririze, niba ufite igihumbi rya 500, amafaranga aragwira kandi gutangira umushinga ntibisaba menshi ushobora gutangira akantu gaciritse kandi kakavamo ikintu kigari.”

    Yakomeje abwira urubyiruko ko Leta iticaye ubusa ahubwo iri gukora ibishoboka byose ngo urubyiruko rukomeze gutera imbere, dore ko hashyizweho ikigega cyo kuzahura ibikorwa by’urubyiruko byangijwe na Covid-19.

    Yagize ati “Ntitwicaye, tuzajya dukoresha imbaraga zacu zose kugira ngo imbogamizi urubyiruko rufite zibonerwe ibisubizo. Namwe hari uruhare rwanyuM hari inshingano buri wese afite ngo twongere dusubire mu buzima busanzwe.”

    Ku ruhande rw’urubyiruko rwavuze ko rwahuye n’ibibazo bitandukanye ariko bagiye gushyira imbaraga mu kurwana n’ingaruka za Covid-19.
    Iradukunda Providence wo mu Karere ka Burera yasabye urubyiruko kwirengagiza ibibazo bakishakira inzira.

    Yagize ati “Ikibazo urubyiruko rufite ni amikoro, nta mafaranga rufite. Usanga no mu bintu batubwira kujyamo bidusaba umwanya kandi duhugiye mu gushaka ibidutunga ya mishanga ntituyijyemo.”

    Yakomeje ati “Intore yishakira inzira! Nubwo hari ikibazo cy’amikoro ariko hari n’amahirwe menshi hari ayo dufite twakoreshwa, nk’amarushanwa ategurwa twayajyamo kandi natwe ubwacu twakifatanya tugakora ikintu gituma tuzamura ubukungu bwacu.”

    Umunsi Mpuzamahanga w’Amahoro wizihizwa buri tariki ya 21 Nzeri, uyu mwaka ukaba wizihijwe harebwa uruhare rw’urubyiruko mu guhangana n’ingaruka za Covid-19.

    Depite Imaniriho Clarisse yasabye urubyiruko kwizigama nka kimwe mu bizarufasha gutera imbere

    img469779|center>

    Urubyiruko ruturutse hirya no hino mu gihugu rwizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Amahoro rusabwa guhangana n’ingaruka za Covid-19

    Urubyiruko rwabwiwe ko Leta iticaye iri kubashakira icyaruteza imbere ariko umusanzu warwo ukenewe

    Urubyiruko rwasabwe kuba ku isonga mu guhangana n’ingaruka za Covid-19

    source : https://ift.tt/3nUVRjv

  • FARG, CNLG, NURC na Komisiyo y’Itorero byakuweho – #rwanda #RwOT

    Umwanzuro wo gukuraho izi Komisiyo n’iki Kigega wafatiwe mu Nama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 21 Nzeri 2021, iyobowe na Perezida Paul Kagame.

    Itangazo rikubiyemo ibi byemezo rivuga ko “Inama y’Abaminisitiri yemeje Umushinga w’itegeko rivanaho Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside.”

    Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside rwari Urwego rw’Igihugu rwigenga ruhuza gahunda zose zigamije gukumira no kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo no guhangana n’ingaruka zayo mu gihugu no hanze.

    Iyi Komisiyo yari yarashyizweho n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 nk’uko ryavuguruwe kugeza ubu mu ngingo yaryo ya 179.

    Iri tangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri rivuga kandi ko hemejwe “Umushinga w’Itegeko rivanaho Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge n’Umushinga w’itegeko rikuraho Itegeko rishyiraho Komisiyo y’Igihugu y’Itorero.”

    Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge yari yarashyizweho n’Itegeko n° 03/99 ryo ku wa 12 Werurwe 1999, yateganywaga kandi n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo ku wa 4 Kamena 2003 mu ngingo yaryo ya 178 nk’uko ryavuguruwe muri 2015.

    Zimwe mu nshingano iyi Komisiyo yari ifite harimo, gutegura no guhuza gahunda y’ibikorwa by’Igihugu bigamije ubumwe n’ubwiyunge, gushyiraho no guteza imbere uburyo bwo gushimangira ubumwe n’ubwiyunge, gutanga inama no gukangurira Abanyarwanda ibyerekeye ubumwe n’ubwiyunge.

    Uretse izi Komisiyo ibi byemezo binavuga ko “Inama y’Abaminisitiri yemeje Umushinga w’Itegeko rikuraho Itegeko rishyiraho Ikigega cya Leta cyo gushyigikira no gutera inkunga abatishoboye barokotse jenoside yakorewe Abatutsi”.

    Iki cyemezo gifashwe nyuma y’igihe gito hashyizweho Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ikomatanya inshingano z’izi Komisiyo n’iza FARG.

    Muri iyi nama kandi hemerejwemo iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena intego, inshingano n’imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo bya Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu iyobowe na Dr Bizimana Jean Damascène wahoze ayobora CNLG.

    FARG yashinzwe mu mwaka wa 1998, kugira ngo ifashe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kongera kwiyubaka nyuma y’ibibazo bitaboroheye bari bavuyemo.

    Kuva yajyaho yari imaze kwishyurira ishuri abagenerwabikorwa bagera ku bihumbi 107 mu mashuri yisumbuye batanzweho miliyari 84 Frw, mu gihe abagera ku bihumbi 39 ari bo bamaze kurangiza amashuri makuru na za kaminuza bishyuriwe miliyari hafi 90 Frw.

    Komisiyo y’Itorero ry’Igihugu (NIC) yo yari yarashyizweho n’Itegeko n°41/2013 ryo ku wa 16/06/2013 rishyiraho Komisiyo y’Igihugu y’Itorero rikanagena inshingano, imiterere n’imikorere byayo, risohoka mu Igazeti ya Leta n° 29 yo ku wa 22 Nyakanga 2013.

    Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 21 Nzeri 2021 yakuyeho FARG, CNLG, NURC na Komisiyo y’Itorero

    source : https://ift.tt/3nUVPbn

  • Kayonza: Guverineri Gasana yakirijwe ibibazo birimo iby’ubutaka – #rwanda #RwOT

    Ibi bibazo yabigejejweho kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Nzeri 2021, ubwo yitabiraga inteko z’abaturage mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza.

    Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda, tariki ya 14 Werurwe 2020, inteko z’abaturage zahise zisubikwa zongera gufungurwa mu cyumweru gishize.

    Ibi byatumye bimwe mu bibazo by’abaturage byiyongera cyane bitewe nuko aho byakemurirwaga hari hatakiboneka. Abo mu Murenge wa Murama ubwo babonaga Guverineri Gasana Emmanuel bamugejejeho ibibazo bitandukanye byiganjemo ibibazo by’ubutaka, abasenyewe n’ibiza batabonye amabati, abagiranye amakimbirane mu miryango ndetse n’ibishingiye ku guhabwa ibyiciro by’ubudehe bidahuye n’ubushobozi bwabo.

    Musengimana Console utuye mu Mudugudu wa Kinyinya yavuze ko bababujije guhinga bababwira ko hari umushinga ugiye kuza kubaterera ibiti mu mirima yabo, agaragaza ko igihe cy’ihinga kiri kubasiga utaraza ndetse nta n’igikorwa na kimwe kirakorwa asaba ubuyobozi kubavuganira.

    Undi muturage watanze ikibazo ni Manirafasha Emmanuel, yavuze ko we n’abandi baturage baturanye bafite ikibazo cy’ubutaka bwabo bwose bwabaruwe nk’ubwo guturamo nyamara hari uburi mu gice cyagenewe guhinga.

    Yasabye ubuyobozi kubafasha ubwo butaka bugashyirwa mu gice cy’ubuhinzi ngo kuko ari bunini basabwa kubusorera amafaranga menshi batapfa kubona.

    Guverineri Gasana yavuze ko imwe mu mpamvu yatumye haboneka ibibazo byinshi harimo n’icyorezo cya COVID-19 cyahagaritse inteko z’abaturage kuko aho bahuriraga n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagakemura bimwe mu bibazo babaga bafite.

    Yakomeje asaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze kongera imbaraga mu gukemura ibibazo by’abaturage bakarushaho kubegera no kubaba hafi muri iki gihe inteko z’abaturage zongeye gufungurwa.

    Ati “Turabasaba gutanga serivisi ku bayikeneye, kwegera abaturage, gukemura ibibazo byabo byakurura amakimbirane n’inzangano n’amacakubiri, ni ikintu twahisemo twese kugira ngo umuturage abe ku isonga mu kumukemurira ibibazo bye.”

    Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yafashe umwanzuro wo gufungura inteko z’abaturage nyuma yaho icyorezo cya COVID-19 gitangiye kugabanuka ndetse Abanyarwanda benshi bakaba bari gukingirwa iki cyorezo.

    Guverineri Gasana Emmanuel yasabye abayobozi bo mu nzego z’ibanze kwita ku bibazo by’abaturage

    Abaturage baboneyeho umwanya wo kubaza ibibazo bitandukanye

    source : https://ift.tt/2Zmt5y3

  • Ibigo birimo FARG,itorero ry'igihugu na CNLG byakuweho #rwanda #RwOT

    Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa kabiri Tariki ya 21 Nzeri 2021,yafashe yemeje imishinga y'amategeko atandukanye avanaho ibigo bya leta birimo Komisiyo y'Igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG, ikigega FARG, Komisiyo y'Igihugu y'Ubumwe n'Ubwiyunge na komisiyo y'Igihugu y'Itorero.

    Ibi bigo bikuweho nyuma yuko Inama y'Abaminisitiri iheruka guterana iyobowe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano mboneragihugu izaba ikora inshingano zisanzwe zikorwa nibyo bigo

    Ingingo ya 5 yafatiwemo umwanzuro wo gukuraho ibi bigo igira iti: Inama y'abaminisitiri yemeje imishinga y'amategeko ikurikira.

    Umushingwa wo gukuraho:

    Komisiyo y'igihugu yo kurwanya Jenoside
    Komisiyo y'igihugu y'Ubumwe n'Ubwiyunge
    Komisiyo y'igihugu y'Itorero
    Itegeko rishyiraho ikigega cya leta cyo gushyigikira no gutera inkunga abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (FARG)

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/ibigo-birimo-farg-itorero-ry-igihugu-na-cnlg-byakuweho

  • Gicumbi: Umuforomo arashinjwa kurangarana umurwayi yagiye gutereta – #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 20 Nzeri 2021 ni bwo hazindutse havugwa amakuru y’umugore wabyaye umwana upfuye, bivugwa ko umuforomo wari kumwitaho atabonetse kuko yari yararanye n’umukobwa.

    Bivugwa ko ubwo uyu mubyeyi yari yaje kuri icyo Kigo Nderabuzima yaje kubyara, yakomeje gutaka aribwa n’inda ariko uyu wagombaga kumwitaho muri iryo joro akaba yari yajyanye n’umukobwa wari waje kurwaza undi murwayi mu cyumba bakikingirana kugeza ubwo batabazwaga ntibabyiteho.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Felix yameje aya makuru asaba abakozi bose kujya bita ku kazi cyane cyane igihe hari ibyashyira ubuzima bw’abantu mu kaga.

    Yagize ati “Ubu uyu mugore yatashye, umuforomo ukurikiranweho uburangare amaze kujya mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri Sitasiyo ya Rutare ngo bikurikiranwe. Ku bakozi tugomba kunoza serivisi ku muntu uje atugana kandi gukurikiranira hafi ibyo dukora n’igihe turimo kubikora cyane ibyashyira ubuzima bw’umuntu mu kaga, ku muryango wabuze umuntu wo twifatanije nabo mu kubura uwo mujyambere, kandi tubizeza ko ubutabera buzakora akazi kabwo neza hagakurikizwa amategeko ahagaragaye amakosa agahanwa.”

    Kuri ubu umubyeyi wagize ibyago yasezerewe kwa muganga yatashye mu gihe umuforomo ushinjwa uburangare we yatawe muri yombi.

    Ibiro by’Akarere ka Gicumbi mu ntara y’Amajyaruguru

    source : https://ift.tt/3CyYlYR

  • Ishimwe ry’abahawe amasomo na EF agatuma bahinduka abanyamwuga mu bukerarugendo – #rwanda #RwOT

    Abarangije aya masomo bangana na 221, bakaba bari bamaze amezi 12 bigishwa Icyongereza ndetse n’ibijyanye no kwakira ba mukerarugendo n’ibindi bitandukanye byo muri iki gice. Kugeza ubu, EF ifite abanyeshuri 4,900 muri gahunda yo kwiga Icyongereza. Abandi 1,600 bakaba bazatangira amasomo mu minsi iri imbere.

    Ni amahugurwa yatanzwe n’ikigo gisanzwe gitanga amasomo ku isi yose, EF Education First ku bufatanye n’Umuryango MasterCard Foundation n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB.

    Aya masomo yatanzwe hibanzwe ku bukerarugendo kuko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bishyize imbere iki gice kandi bufite na byinshi bukimariye mu bijyanye no kwinjiza amadevise.

    Ibi bigaragira bigaragarira mu mibare y’amadevise bwinjiza n’imirimo butanga. Urugero, mu 2019, ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni zirenga 500$, zivuye kuri miliyoni 300$ mu 2014. Muri icyo gihe kandi imirimo bwatanze yavuye ku bihumbi 89 igera ku 164.000.

    Umuyobozi wa EF mu Rwanda, Ruzibiza Oriane, yabwiye IGIHE ko hatanzwe aya mahugurwa kugira ngo hazamurwe ubunyamwuga bw’abakora mu gice cy’ubukerarugendo.

    Yagize ati “Aya masomo yatanzwe kugira ngo abantu bari mu bukerarugendo no kwakira abantu babashe kuzamurirwa urwego, haba ku rurimi rw’Icyongereza nka kimwe mu bice nyamukuru kibugize ndetse n’ubumenyi mu bijyanye n’itumanaho n’ibijyanye no kwakira abantu mu gice barimo.”

    “Kugira ngo bamenye uburyo bavugana n’abantu ndetse n’uko bakira ba mukerarugendo baza babagana, bahawe kandi ubumenyi ku byiza biri mu Rwanda ku buryo uwamugana yamenya aho amutembereza kandi akabasha kumuyobora neza.”

    Yakomeje avuga ko bahugura buri wese ufite aho ahurira n’ubukerarugendo kugira ngo bazabashe gutanga ishusho nziza ku Rwanda, mu barusuye bahura nabo.

    Yagize ati “Buri muntu wese uhura na mukerarugendo kuva yinjiye mu gihugu kugeza atashye aya mahugurwa aramureba. Dukorana n’abo ku kibuga cy’indege, abakozi ba RwandAir, abanyamahoteli, abakora ahantu nyaburanga n’abandi bafite aho bahuriye n’ubukerarugendo bagahugurwa kugira ngo bazatange ishusho nziza ku gihugu cyacu.”

    Ruzibiza yakomeje asaba abasoje aya masomo gushyira mu bikorwa ibyo bigishijwe kugira ngo bateze imbere umwuga wabo n’ubukerarugendo muri rusange.

    Ku ruhande rw’abahawe aya masomo bemeze ko mbere yo guhabwa aya masomo hari byinshi batari bazi mu bukerarugendo, ubu bumenyi bungutse buzabafasha mu kazi kabo ka buri munsi.

    Liza Fabrice wikorera ku giti cye mu gutembereza ba mukerarugendo, yavuze ko mbere yo guhabwa aya masomo Icyongereza cye cyari gike ndetse hari byinshi atari asobanukiwe mu kazi ke.

    Yagize ati “Nize byinshi mu Cyongereza by’umwihariko mu kazi kanjye k’ubukerarugendo, mbere si nari nzi uburyo navugana n’abakerarugendo mpuzamahanga kuko benshi bakoresha uru rurimi.”

    “Ubu rero nize byinshi uburyo nabasha kuganiriza abangana, kubasha kwandika email, gutumiza ibintu bitandukanye muri make nize byinshi bizamfasha.”

    Yakomeje ashimira abamuhaye aya mahugurwa avuga ko ibyo bamwigishije atazabisinzirana ahubwo bizamufasha ku isoko ry’umurimo ariho.

    Yagize ati “Ndashimira cyane RDB, Mastercard Foundation na EF kuko buri muntu wese asigaye ambaza aho nigiye Icyongereza n’abo twari tuziranye mbere bambwira ko hari icyazamutse ku bumenyi bwanjye, ndashimira abampaye ubu bumenyi buzamfasha mu kazi ka buri munsi.”

    Umukozi wa Kigali Marriott Hotel, Kayitesi Donna yashimiye ya EF ku bumenyi bamwunguye kuko ubu abasha kumvikana na ba mukererarugendo baturutse impande n’impande.

    Yagize ati “Nize byinshi ko nabashije kumenya uko nazamura icyizere nigirira kuko mu kazi kacu bidusaba guhura n’abantu baturutse impande n’impande bavuga bitandukanye, nize rero uburyo nabasha kumvikana nabo.”

    “Ubu mbasha kumvikana na ba mukerarugendo, Ndashimira cyane buri muntu wese wateguye aya mahugurwa kuko buri wese uzahura natwe azabasha kubona ko dushoboye kwakira neza abantu ni ibintu byiza cyane kuri njye no kugihugu muri rusange.”

    Aya masomo atangwa mu mezi 12 buri munyeshuri akigira kuri gahunda ye (byibuze amasaha abiri n’igice mu cyumweru), akaba atangirwa ubuntu. Uwifuza kuzahugurwa yasura uru rubuga akabona amakuru arambuye https://www.ef.com/rwanda

    Umuyobozi wa EF mu Rwanda, Ruzibiza Oriane, yavuze ko hatanzwe aya mahugurwa kugira ngo hazamurwe ubunyamwuga bw’abakora mu gice cy’ubukerarugendo

    Abarangije amasomo ya EF bemeza ko yabongerereye ubunyamwuga mu bukerarugendo

    Abarangije amasomo ya EF bemeza ko yabongerereye ubunyamwuga mu bukerarugendo

    source : https://ift.tt/3tXO5Xc

  • Kora ibyo ushoboye mbere yo kwitabaza abandi – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame ubwo yaganiraga n
    Perezida Kagame ubwo yaganiraga n’urubyiruko

    Perezida Kagame ati “Ku rubyiruko ruri hano, mbere yo gusaba umuntu uwo ari we wese ngo agufashe, banza urebe niba wabanje gukora ibiri mu bushobozi bwawe byose. Usabe ubufasha nyuma y’uko wabanje kugerageza”.

    Ibyo umukuru w’igihugu yabivuze ubwo yasobanuraga igituma Guverinoma y’u Rwanda idahwema gushora imari mu burezi kugira ngo urubyiruko rwige, ndetse n’icyo igihugu gitegereje kuri urwo rubyiruko mu gihe kizaza.

    Yagize ati “Iyo uvuze ahazaza, uba uvuga abagomba kuhubaka n’abazahaba. Ahazaza h’igihugu hagomba gutegurwa n’urubyiruko. Buri muyobozi akora ibintu mu buryo butandukanye. Mu Rwanda, tugerageza gushora imari mu rubyiruko, guteza imbere ikoranabuhanga no gushiraho ibigo bihuza abaturage”.

    Ati “Jya ubanza wiyiteho mbere na mbere, ukomeze ukore ibyiza washobora byose. Mu gihe abandi barimo guhabwa inkingo, twe turimo gukoresha ubundi buryo mu kurwanya icyorezo cya Covid-19. Mwirinde ubwanyu, murinde n’abo muri kumwe”.

    Perezida Kagame yabivuze ari mu kiganiro n’abanyeshuri ba Kaminuza bagera kuri 600, ikiganiro cyiswe ‘Pathway’ cyayobowe na Fred Swaniker, washinze ‘African Leadership Group’ na ‘TheRoomGlobal’.

    Inama Perezida Kagame yahaye urwo rubyiruko, zari zirimo ibijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge, ubufatanye, gukunda igihugu, ubunyangamugayo, ubworoherane n’ibindi .

    Yatanze urugero ko mu gihe bari bamaze kubohora igihugu, igice kinini cy’abaturage bari bafite ibibazo bikomeye, ku buryo ngo byabagoye kubona aho bahera bubaka igihugu.

    Yagize ati “Tugera hano, igice kinini cy’abaturage bacu bari mu gahinda gakomeye barasenyutse. Twahuye n’ikibazo cyo kubona aho duhera. Nta gitabo cyari gihari twari gusoma ngo dukuremo ibisubizo. Ubwo rero byadusabaga gutekereza cyane”.

    Akomeza agira ati “Umwaka wa 1994 urangiye, igice kinini cy’abaturage bari bapfuye, abandi bahunze. Muri ibyo byose uba ugomba gutekereza cyane. Uba usabwa gutekereza cyane birenze ibisanzwe”.

    Perezida Kagame agira inama urwo rubyiruko ku bijyane no gukora cyane ndetse no gutekereza cyane, yavuze ko hari byinshi bigikenewe gukorwa muri Afurika. Ariko “bizadufasha mu gihe abantu bazaba bajyana mu buryo bufite gahunda”.

    Yibukije ko Afurika ari igice cy’isi, kandi ko hari ibyo Afurika ikeneye kwigira ku bindi bice by’isi kugira ngo ishobore gutera imbere.

    Itangazamakuru ritubaka

    Asubiza ibibazo bitandukanye yabajijwe muri icyo kiganiro, Perezida Kagame yasabye urwo rubyiruko gukora ibintu bikwiye kandi mu nzira ziboneye, n’ubwo haba hari izindi ngufu zitubaka ndetse n’itangazamakuru ritubaka, kuko ryabayeho guhera cyera.

    Yagize ati “Hari byinshi umuntu yakora. Mujye mukora ibikwiriye mu nzira ziboneye. Itangamakuru ritubaka, cyane cyane iryo mu Burengerazuba bw’isi, ntabwo ari rishya. Riri hano guhera mu 1994. Nta kintu kinini narikoraho”.

    Ati “Numva ubwo ari bwo buryo bashaka kubonamo ibintu. Nibwira ko bashobora kuba baturebera mu ndorerwamo zabo ubwabo. Mugomba kubireba mukanabisesengura. Ni yo mpamvu twibanda ku byo dukora mu Rwanda”.

    Muri icyo kiganiro cyayobowe na Fred Swaniker wabazaga ibibazo mu buryo bwiswe “fire walk or rapid fire”, akaba ari nawe washinze ‘African Leadership Group’, byakozwe mu buryo bushimishije bwihuta.

    Fred Swaniker yabwiye Perezida Kagame ko ikiganiro gikurikiyeho gikorwa mu buryo bwa ‘rapid fire’ (fire walk), mu kumusubiza Perezida Kagame yamusubije aseka, avuga ko ikiganiro gikozwe muri ubwo buryo yagiherukaga mu myaka 30 ishize.

    Muri icyo kiganiro, Swaniker yasabye Perezida Kagame ko azajya asubiza ikibazo mu magambo arindwi (7) cyangwa se atageraho .

    Swaniker: Vuga ikintu kimwe abantu batazi kuri wowe?

    Kagame: Ikintu cyose kuri njye kirazwi.

    Swaniker: Mu magambo atatu (3) vuga ku kuba uri Perezida.

    Kagame: Amahirwe yo gukorera abaturage.

    Swaniker: Uzuza iyi ntururo mu magambo arindwi cyangwa atageraho na none, u Rwanda ni ………….?

    Kagame: ……. Ni iwanyu.

    Swaniker: Ni iki wigiye ku kuba Sekuru w’umwana?

    Kagame: Imyaka.

    Swaniker: Vuga ikintu kimwe utabaho utagifite?

    Kagame: Amakuru.

    Swaniker: Ukiri umwana muto wifuzaga iki?

    Kagame: Umupilote, nashakaga gutwara indege.

    Swaniker: Iyo utekereza ugeza he?

    Kagame: Hose.

    Swaniker: Arsenal cyangwa PSG?

    Kagame: Zombi.

    Swaniker: Uburezi cyangwa ubuyobozi?

    Kagame: impande zimbi z’igiceri kimwe.

    Swaniker: Ni iki kigutera kumwenyura?

    Kagame: Umuryango.

    Swaniker: Umukinnyi mwiza wa basketball w’ibihe byose?

    Kagame: Steph Curry.

    Swaniker: Ni ayahe magambo atatu Madame Kagame yakoresha agusobanura?

    Kagame: Ibyiza ni uko wamubaza.

    Swaniker: Ikibazo cya nyuma, ntiwifate mu magambo, ni iki wabwira umuntu wese witabiriye ibi biganiro uyu munsi?

    Kagame: Rubyiruko, mufite amahirwe, nimuyafate muyakoreshe.

    source : https://ift.tt/39tD3ze

  • IGP Munyuza yibukije abapolisi ko ikinyabupfura n’ubwitange ari inkingi y’umutekano – #rwanda #RwOT

    Yabitangaje ubwo yasozaga ku mugaragaro amahugurwa y’iminsi ine yahabwaga abapolisi 99 ku bijyanye n’imikoranire myiza n’abaturage mu kwicungira umutekano.

    Ni amahugurwa yaberaga ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kacyiru. Aya mahugurwa yitabiriwe n’abayobozi ba Polisi mu turere,abayobozi b’amashami muri Polisi y’u Rwanda ndetse n’abayobozi ba Polisi muri za sitasiyo za Polisi.

    Aya mahugurwa yibanze ku bintu bitandukanye bijyanye no kubungabunga umutekano. Harimo ikinyabupfura,ubunyamwuga, indangagaciro nyarwanda, gukumira ibyaha, kurwanya iterabwoba, gukorana n’abaturage hibandwa ku cyizere, uburyo bw’imiyoborere n’ibindi bitandukanye.

    IGP Munyuza yavuze ko ikinyabupfura n’imyitwarire myiza bigomba kuranga abapolisi ndetse bigatuma abaturage babagirira icyizere, kugira ngo bagere ku ntego imwe yo kugira igihugu gitekanye.

    Yagize ati” U Rwanda rurimo kwihuta mu iterambere mu bice bitandukanye harimo n’imibereho myiza y’abaturage. Polisi y’u Rwanda umunsi ku munsi igomba gushyira imbaraga mu mikorere myiza hibandwa ku guhangana n‘ibibazo by’umutekano bigenda bizana n’iterambere.”

    Yakomeje agaragariza abitabiriye amahugurwa ko nk’abayobozi mu bapolisi bagomba buri gihe gutekereza uko barushaho gukora neza, kuzamura imibereho yabo ndetse n’imikorere myiza y’urwego rwa Polisi y’u Rwanda.

    Yavuze ko aya mahugurwa yari ingenzi, abasaba ko ubumenyi bayaherewemo bugomba kuzabafasha mu kazi kabo.

    Yabasabye kwirinda gushyira imbere inyungu zabo bwite ahubwo bakita ku nyungu rusange bazamura imibereho myiza y’abaturage mu ngeri zitandukanye zirimo umutekano n’iterambere.

    Yagize ati” Umutekano n’iterambere birajyana kandi kubigeraho bisaba kwitanga, gukora cyane, kurangwa n’indangagaciro,imyumvire myiza ndetse no gushyira imbere imibereho n’inyungu za rubanda.”

    IGP Munyuza yakomeje asaba abapolisi guhora barangwa n’imitekerereze myiza bagafatikanya n’abaturage mu kwicungira umutekano bakumira ibyaha bitaraba.

    Yavuze ko Polisi y’u Rwanda izakomeza gutegura amahugurwa nk’aya mu rwego rwo gukomeza kubaka ubunyamwuga n’ubumenyi mu bapolisi.

    IGP Munyuza yavuze ko ikinyabupfura n’imyitwarire myiza bigomba kuranga abapolisi ndetse bigatuma abaturage babagirira icyizere bigatuma bagera ku ntego imwe yo kugira igihugu gitekanye

    source : https://ift.tt/2XyJdvB

  • Impunzi z’Abarundi zahaye ikaze iz’Abanye-Congo zabasanze i Mahama – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa Saba z’amanywa yo kuri uyu wa 20 Nzeri 2021, ni bwo imodoka 12 zari zizanjye izo mpunzi zasesekaye i Mahama. Zari impunzi 538 zigize imiryango 119, zisanga izindi 2.393 zigize miryango 520 zahimuriwe muri Gicurasi 2021.

    Bamwe mu Barundi baba mu Nkambi ya Mahama kuva mu 2015 batangaje ko bishimiye guturana na bagenzi babo b’Abanye-Congo cyane ko bahuje ikibazo.

    Ndacyayisaba Eric yagize ati “Abanye-Congo ni abaturanyi, ni ababanyi n’i Burundi duhana imbibi kandi ni abantu beza cyane n’abaje mbere tubana nabo ntitwigeze tugirana ikibazo.”

    Mukanyonga Denyse yagize ati “Tubahaye ikaze! Nibaze tubane nta Kibazo. Tumaze igihe tubana n’abahageze mbere barimo n’abavuye mu Nkambi ya Kigeme [mu Ugushyingo 2020] nta kibazo twagiranye,tubanye neza cyane.”

    Aba Barundi n’Abanye-Congo bamaze igihe i Mahama babwiye IGIHE ko hari ibikorwa remezo bihagije birimo imihanda, amasoko, amashuri n’amavuriro ku buryo imibereho yaho ntacyo bayinenga.

    Sefuku Thomas wahageze muri Gicurasi yagize ati “Aha ni heza hari amazu akomeye nta manegeka ahari. Haranarambuye nta misozi ihari. Amavuriro arahari bita no ku barwayi, ntawe urwara ngo yicwe n’inzara.”

    Bamaze impungenge impunzi zikiri i Gihembe zikeka ko nizihagera imibereho yazo izahinduka ikaba mibi, bazibwira ko nta kihabuze kuko n’imikorere yo hanze y’inkambi ibafasha kubona amafaranga ishoboka.

    Zimwe mu mpunzi zinenga ibyo gushyirwa mu byiciro

    Impunzi ziri i Mahama zabwiye IGIHE ko zishyirwa mu byiciro bitatu iyo zigiye guhabwa ubufasha zigenerwa buri kwezi. Abari mu cya mbere bahabwa 7.600 Frw buri kwezi, abari mu cya Kabiri bagahabwa 3.500 Frw mu gihe abo mu cya gatatu nta na make bahabwa.

    Ibyo barabinenga ngo kuko bose bakeneye ubufasha ndetse ko haba hari n’abafite ibibazo bingana ariko ugasanga umwe ashyizwe mu cya mbere undi agashyirwa mu cya gatatu.

    Bavuga ko byahawe bose bajya bayikenuza bya hato na hato kuko haba igihe no kubona isabuni byabaye ingume.

    Umwe yagize ati “Usibye ibyiciro byonyine nta kindi kibazo twigeze duhurira nacyo mu Rwanda. […] Kumva ko twakwicwa n’inzara kandi turi mu Rwanda rw’amahoro, ruteye imbere nk’uko tubibona, ntibidushimisha.”

    Umuyobozi w’iyo Nkambi, Vuganeza André yasobanuye ko ibyo byiciro bigenwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), hashingiwe ku ko umuntu ababaye.

    Ati “Nk’uw’imyaka 25 udafite uburwayi cyangwa ikindi kibazo gikomeye aba ashobora kwishakishiriza.”

    “Ikindi kandi uretse ayo mafaranga badahabwa bose, ntawe udahabwa imyambaro, Gaz, Mituweli, inzu, cyangwa ngo umwana we abure uko yiga.”

    Kugeza ku wa 31 Kanama 2021 i Mahama habarurwaga impunzi 45.938 zigize imiryango 13.478. Hafite ubushobozi bwo gucumbikira izigera ku 65.000.

    Ni mu gihe mu Rwanda hose habarurwaga impunzi 126.392 zaturutse mu bihugu 19. Zigizwe na 51% b’abagore n’abagabo bangana na 49%. Zitujwe mu nkambi eshehatu zirimo iya Gihembe, Kigeme, Kiziba, Mahama, Mugombwa na Nyabiheke.

    Hari izindi eshanu z’agateganyo zirimo iya Gashora, Gatore, Kijote, Nyanza na Nyarushishi.

    Sefuku Thomas wahageze muri Gicurasi yashimye imiterere n’imibereho yaho

    Ubwo impunzi z’abanye-Congo zageraga mu nkambi ya Mahama

    Kugeza ku wa 31 Kanama 2021 i Mahama habarurwaga impunzi 45 938 zigize imiryango 13 478 hakaba hafite ubushobozi bwo gucumbikira abagera ku 65 000

    source : https://ift.tt/2XCVUWB

  • Nyamirambo: Abantu 14 bafatiwe mu isabukuru y’amavuko barenze ku ngamba zo kwirinda Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa kumi n’imwe zo kuri uyu wa Mbere nibwo uru rubyiruko rwafatiwe mu rugo rumwe, bari mu isabukuru y’amavuko y’umwe muri rwo kandi bitemewe muri iki gihe igihugu cyiri mu rugamba rwo guhangana na Covid-19.

    Amakuru avuga ko abaturage aribo bihamagariye ubuyobozi babubwira ko hari abasore n’inkumi bari mu birori kandi bitemewe.

    Uwayo Karim yagize ati “Abantu baha hafi nibo bahamagaye ubuyobozi kubera ko mu Biryogo ntibagikunda amanyanga.”

    Abafashwe bahise bajyanwa muri Stade i Nyamirambo kugirwa inama no gucibwa amande yo kuba barenze ku mabwiriza.

    Abafashwe bahise bajyanwa kwigishwa no gucibwa amande kubwo kurenga mu mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    source : https://ift.tt/2VYSwUZ