Tag: featured

  • Amavuriro y’ibanze agiye kwegurirwa imiryango itegamiye kuri Leta – #rwanda #RwOT

    Ubundi aya mavuriro yubatswe kugira ngo afashe abaturage kubona serivisi z’ubuzima z’ibanze, zirimo izirebana n’imikurire y’abana, ubujyanama ku bagore batwite, ubuvuzi bworoheje n’ibindi nk’ibyo, zikaba zari zigenewe kwegera abaturage mu tugari batuyemo.

    Gusa raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, yerekanye ko mu mavuriro y’ibanze 70 yari yutatswe mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018/2019, 54 adakora neza, ibituma miliyoni 609 Frw muri 804 Frw zashowe mu kuyubaka zimera nk’iziri mu gihombo.

    Ubwo yari yitabye Komisiyo Ishinzwe Kugenzura Imikoreshereze y’Umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, PAC, Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa Rusange muri Minisiteri y’Ubuzima, Valens Ndonkeye, yavuze ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’amavuriro y’ibanze adatanga umusaruro, Leta ifite gahunda yo kuyegurira imiryango itegamiye kuri Leta, nk’uko The New Times yabitangaje.

    Yagize ati “Nyinshi zabanje kugenzurwa n’abashoramari ariko ahari bari bari batekereje ko bazakuramo inyungu nyinshi ariko bahuye n’ibihombo barigendera.”

    Yongeyeho ati “Twahisemo gukorana n’imiryango itegamiye kuri leta kuko twabonye ko bifuza kubigiramo uruhare kandi bakaba bafite ubushobozi bwo kugenzura ayo mavuriro.”

    U Rwanda rufite intego yo gukuba kabiri umubare w’amavuriro y’ibanze, avuye kuri 831. Intego kandi ni uko buri kagari ko mu Rwanda kazagira ivuriro ry’ibanze.

    Amavuriro y’Ibanze agiye gushyirwa mu maboko y’imiryango itegamiye kuri Leta

    source : https://ift.tt/3o4xD6A

  • Miliyari 200 Frw ziva mu bushakashatsi: UR mu nzira yo kwigobotora ubukene bwari bwarabaye karande – #rwanda #RwOT

    Mu Ukwakira 2017, Dr Charles Muligande wahoze ari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe Iterambere, yeruriye abadepite bari bagize Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC), ko nta bushobozi Kaminuza isigaranye kandi ko bidakemutse byaba ikibazo kuri ejo hazaza h’uburezi.

    Ikibazo cyahagurukije inzego zose zirimo na Minisitiri w’Intebe, birangira Leta ifashe umwanzuro wo kongerera Kaminuza y’u Rwanda miliyari 36 Frw mu 2019/2019, yiyongera kuri miliyari 25.2 Frw iyi Kaminuza yakoreshaga. Guverinoma kandi yemeye gukomeza kongera iyo nkunga buri mwaka.

    Nubwo Guverinoma yemeye ubufasha, Kaminuza y’u Rwanda ikomeje gushakisha amikoro ku ruhande ngo ibashe kugeza ubwo izihaza mu bushobozi, idategereje inkunga.

    Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Prof Lyambabaje Alexandre aherutse kubwira IGIHE ko kuri ubu buri mwaka binjiza agera kuri miliyari 200 z’amafaranga y’u Rwanda aturutse mu bushakashatsi n’ibindi bikorwa by’ubufatanye n’ibigo mpuzamahanga.

    Ni amafaranga anyuzwa mu kigo gishinzwe gucunga amafaranga y’ubushakashatsi cya Kaminuza y’u Rwanda.

    Ati “Muby’ukuri biranakorwa ni uko abantu batabibona, buriya tubona hafi miliyoni 200$ ku mwaka mu bufatanye mu by’ubushakashatsi na za kaminuza n’ibindi bigo mpuzamahanga.”

    Yakomeje agira ati “Tugira n’ubundi buryo amafaranga abonekamo iyo twafashije abantu gukora inyigo z’imishinga n’ibikorwa bitandukanye. Ibyo nabyo birakorwa.”

    Uretse ubushakashatsi, Prof Lyambabaje yavuze ko hari ibindi bikorwa by’iterambere birimo ubuhinzi, ubworozi n’ibindi.

    Prof Lyambabaje avuga ko ibi byose babihuza hagamijwe guteza imbere Kaminuza no kwishakamo ibisubizo.

    Nubwo ibikorwa byinjiriza Kaminuza y’u Rwanda bikiri bito, yavuze ko hari icyifuzo na gahunda yo gutangira kureba uko babyaza umusaruro ibikorwa bishingiye ku bumenyi n’umutungo mu by’ubwenge.

    Ati “Icya nyuma abantu bakunda kubona cyane ni ukuvuga ngo abantu bahinze ibishyimbo, ibigori cyangwa tworoye inka n’andi matungo, icyo na cyo kirakorwa, ariko ntabwo ari cyo cyane cyane kaminuza yakagombye kuba ireberaho kubyaza umusaruro cyangwa ibikorwa byayo amafaranga, turifuza ko amafaranga yaturuka mu bikorwa bishingiye ku bumenyi no ku bwenge.”

    Kaminuza y’u Rwanda kandi ifite intego yo kureshya abanyeshuri mpuzamahanga kugira ngo baze kuyigamo ari na ko irushaho kugirana ubufatanye n’izindi mpuzamahanga.

    Muri ubu bufatanye harimo ubwo Kaminuza y’u Rwanda n’iya Kent muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kugirana bugamije guteza imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda, harimo gutangiza amasomo mashya, kongera imbaraga mu masomo yari isanzwe ahari no gufatanya mu bushakashatsi.

    Izi kaminuza kandi zemeranyijwe kuzajya zihererekanya abanyeshuri aho Abanyarwanda bazajya boherezwa kwiga muri Kaminuza ya Kent, Abanyamerika na bo bakaza mu Rwanda kuhavoma ubumenyi.

    Kuri ubu iyi Kaminuza ibarizwamo amashami atandukanye hirya no hino mu gihugu, ikaba ibarirwa abanyeshuri bagera ku bihumbi 30, ari na yo ya mbere ifite benshi mu Rwanda.

    Prof Lyambabaje yavuze ko Kaminuza y’u Rwanda ifite intego zo gukomeza kwishakamo ibisubizo biyifasha gukemura ibibazo ihura nabyo

    source : https://ift.tt/3AF1c20

  • Perezida Kagame ategerejwe muri Mozambique mu ruzinduko rw’akazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame na mugenzi we Filipe Nyusi wa Mozambique
    Perezida Kagame na mugenzi we Filipe Nyusi wa Mozambique


    source : https://ift.tt/3AG9rdY

  • Resitora yagaburiraga abanyeshuri ba UR-Huye baherutse mu bitaro yabaye ifunzwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Resitora Umucyo yabaye ifunzwe
    Resitora Umucyo yabaye ifunzwe

    Veneranda Bankudiye, ari we nyiri iyo resitora, avuga ko na we yatunguwe kandi ababazwa no kumva ko abanyeshuri agaburira bagize ibibazo biturutse ku biryo yabagaburiye ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nzeri 2021, ariko ikimushimisha ni uko nta n’umwe wahasize ubuzima, kandi ubu bakaba barakize bose.

    Anavuga ko nyuma y’iki kibazo, yasuwe n’inzego z’umutekano ndetse n’abashinzwe isuku mu Karere ka Huye, bakemeranywa ibyo agiye guhindura kugira ngo birusheho kugenda neza, ariko akaba yaratunguwe n’uko yasabwe gufunga tariki 23 Nzeri 2021, igihe yahawe kitararangira.

    Agira ati “Nari nagaragarije itsinda rishinzwe isuku ku Karere ko abanyeshuri ngaburira baba banyishyuye mbere, twemeranywa ibyo nkosora, hanyuma bakazagaruka kureba ko nabyubahirije ku itariki 20 Ukwakira 2021. Ariko natunguwe n’uko gitifu w’umurenge yanzaniye ibaruwa impagarika uyu munsi tariki 23 Nzeri 2021.”

    Ubwo hafungwaga, hari abanyeshuri bari baje kurya, hanyuma babwirwa ko bajya kurira muri resitora Happiness iri imbere muri Kaminuza, na ho nyiri Resitora Umucyo asabwa kubasubiza amafaranga angana n’iminsi yari isigayemo.

    Icyakora, mu banyeshuri bari basanzwe baharira harimo n’abari barwaye, hari abavuga ko batasubira kurira muri resitora y’imbere muri Kaminuza, kuko ngo na mbere bari bayisize, hanyuma bajya kurira muri iyo yafunzwe.

    Umwe muri bo yagize ati “Njyewe ku giti cyanjye ntabwo nasubirayo, kuko impamvu yahankuye na n’ubungubu iracyahari. Ni impamvu yanjye ku giti cyanjye, ariko cyane cyane uburyo umuntu abona serivisi, kuko aho umuntu ashaka ibyo akenera, ntabwo ahakunda kimwe hose. Aho ubona baguhereza cyangwa bakwakira neza kurusha abandi ni ho ukunda cyane.”

    Yunzemo ati “Ahangaha nibahafunga burundu, njyewe ku giti cyanjye nzashaka ukundi mbaho”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko iriya resitora itafunzwe burundu, kuko ngo aho bizagaragarira ko nyirayo na nyiri inzu ikoreramo bakosoye ibyo basabwe, izemererwa kongera gufungura.

    Yafunzwe yariragamo abanyeshuri babarirwa muri 300 nk’uko bivugwa na Bankundiye.


    source : https://ift.tt/3ACUCJe

  • Musanze: Igihembwe cy’ihinga 2022A cyatangijwe abahinzi bahamagarirwa kwihutisha gutera imbuto #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gikorwa cyo gutangiza igihembwe cy’ihinga cya 2022 A, cyabereye mu Kibaya cya Mugogo, giherereye mu Kagari ka Gisesero Umurenge wa Busogo, ku wa kane tariki 23 Nzeri 2021, abahinga muri icyo kibaya bifatanyije n’ubuyobozi gutera imbuto y’igihingwa cy’ibigori y’ubwoko bwa RHMH 1520, ku buso bwa Ha 78 zigize iki kibaya.

    Abahinzi ngo biteguye gukurikiza inama bagirwa n’abashinzwe ubuhinzi, ku buryo bizeye kuzabona umusaruro uhagije.

    Ndaruhutse Pascal uhinga muri icyo kibaya, yagize ati “Twari tumaze iminsi mu bikorwa byo gutegura imirima kugira ngo tutazakererwa ihinga. Twishimiye kuba ubuyobozi bwaduteye ingabo mu bitugu, tukifatanya nabwo mu gikorwa cyo gutera igihingwa cy’ibigori dukoresheje ifumbire y’imborera n’imvaruganda. Nyuma y’iki gikorwa, natwe tugiye gukomerezaho indi mirimo ijyanye no kubyitaho nko kubimenera, kubibagara, ari nako twubahiriza n’izindi nama tugirwa n’abashinzwe ubuhinzi, kugira ngo tuzabone umusaruro ufatika”.

    Mugenzi we witwa Ntahwidakiriza Jean Baptiste ati “Iyi mbuto twateye, igikurikiyeho ni uko tuzayibungabunga kugeza ubwo izaduha umusaruro ufatika, biturinde inzara ari na ko dusagurira n’amasoko”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, yabwiye abaturage ko kongera umusaruro ku buso, bishingira ku kubahiriza amabwiriza agenga ubuhinzi.

    Yagize ati “Kugira ngo twongere umusaruro ku buso bwa Ha, ni uko dukoresha inyongeramusaruro yaba iy’imbuto nziza z’indobanure, ifumbire y’imborera n’imvaruganda; kandi bikajyana n’uko umuhinzi asura umurima we kenshi, akawuhozaho ijisho, agatera n’imiti ikumira ibyonnyi n’indwara bishobora kugaragara mu murima we ngo bitangiza ibihingwa”.

    Akomeza avuga ko inzego zose zifite aho zihuriye n’iterambere ry’ubuhinzi, harimo abajyanama b’ubuhinzi mu midugudu, abafashamyumvire n’abashinzwe ubuhinzi mu Mirenge yose y’ako Karere, biteguye gukorana bya hafi n’abahinzi, kugira ngo umusaruro ugerweho mu buryo bufatika.

    Abahinga mu kibaya cya Mugogo ngo bazitwararika kugira ngo bazabone umusaruro ufatika
    Abahinga mu kibaya cya Mugogo ngo bazitwararika kugira ngo bazabone umusaruro ufatika

    Izamuhaye Jean Claude, Umukozi mu Kigo RAB ushinzwe Ishami ry’ibihingwa agira inama abahinzi bo mu Karere ka Musanze, kimwe n’abo mu gice cy’Amajyaruguru n’amajyaruguru ashyira Uburengerazuba, kwihutisha imirimo yo gutera imbuto z’ibihingwa byatoranyijwe, ku buryo nibura mu cyumweru gitaha (ni ukuvuga mu mpera z’ukwezi kwa Nzeri), bagombye kuba barangije iyo mirimo; kuko ari imvura, imbuto n’ifumbire, byose byabonekeye igihe.

    Muri iki gihembwe cy’ihinga cy’igihe cy’umuhindo, mu Karere ka Musanze ibigori, ibirayi n’ibishyimbo, ni byo byihariye ubuso bunini bw’ibihingwa byahujweho ubutaka.


    source : https://ift.tt/3lNtxNa

  • Abakobwa bahohotewe batangiye gufashwa kwiga moto n’ubwubatsi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu mezi atanu ari imbere i Kigali haraba habonetse abakobwa 30 b
    Mu mezi atanu ari imbere i Kigali haraba habonetse abakobwa 30 b’abamotari

    Uwo muryango uvuga ko ku ikubitiro guhera muri uku kwezi kwa Nzeri 2021, aba mbere 60 bo mu Mujyi wa Kigali bazamara amezi atanu, 30 baziga gutwara moto, abandi 30 bige gutera borudire (bordures) ku mihanda hamwe no gusasa amakaro n’amapave.

    Umuyobozi wa Centre Marembo, Nicolette Nsabimana avuga ko iyo myuga ikorwa ahanini n’abantu b’igitsina gabo, ndetse ko abayikora badashobora kuba abashomeri na rimwe.

    Nsabimana avuga ko yagiranye amasezerano n’ibigo bibiri, kimwe cy’ubwubatsi kizigisha abakobwa kuba abafundi, ikindi cyigisha gutwara ibinyabiziga kikazatoza abatwara moto, kandi bose mu mezi atanu bakazaba bagaragaza ubumenyi batojwe.

    Nsabinama yagize ati “Mu mezi atanu abo bafundi b’abakobwa bazaba bazi kubaka bya kinyamwuga, abiga moto na bo bazahabwa moto 10 bigiraho zizaba zanditseho ngo ‘Byuka Bakobwa’ (izina ry’umushinga), nyuma yaho tuzakorana na banki kugira ngo tubasabire moto bazajya bishyura gake gake, twebwe tubishyurire inyungu irengaho”.

    Umuyobozi wa Centre Marembo, Nicolette Nsabimana
    Umuyobozi wa Centre Marembo, Nicolette Nsabimana

    Yakomeje agira ati “Aba bana b’inzirakarengane bagomba kubona ikintu bakora kuko iyo turangaye gato n’izindi nda zizamo”.

    Nsabimana avuga ko hafi y’ibigo byigisha abo bakobwa hari amarerero asigarana abana babo, ndetse ko buri mukobwa azajya ahabwa amafaranga ibihumbi 50 buri kwezi yo kumufasha, kandi n’umwana we akazajya agenerwa amafaranga ibihumbi 10 (buri kwezi mu mezi atanu ari imbere).

    Nsabimana avuga ko nyuma y’amezi atanu ubwo umushinga uzaba ushobora kugaragaza umusaruro mwiza, azakorana n’abaterankunga (b’Abanya-Canada basanzwe bamufasha), bagashinga ishuri ryigisha nibura abakobwa 500 buri mezi atanu bo hirya no hino mu gihugu.

    Nsabimana avuga ko bafite ubutaka buri ku buso bwa hegitare eshanu bashobora kuba bakubakaho ishuri mu gihe bazaba babonye ubushobozi.

    Umuryango ‘Centre Marembo’ uvuga ko imyuga abakobwa bagiye kwigishwa ari isanzwe imeze nk’iyahariwe n’abagabo, yunguka cyane kandi yoroshye kubona, ku buryo umuntu ataba azi kuwukora ngo agire ikibazo cy’ubukene.

    Twaganiriye n’abakobwa bazajya batwara abagabo cyangwa abahungu bagenda bicaye inyuma yabo kuri moto, rimwe na rimwe usanga bagenda babakorakora, tubabaza uburyo bazabyitwaramo.

    Uwitwa Grace Uwimanizanye w’imyaka 23, avuga ko mu gihe yakumva umugabo cyangwa umuhungu agenda amukorakora, yabanza agaparika moto ku ruhande akamwihaniza, harimo no kuba yabimenyesha inzego zishinzwe kurwanya ihohoterwa.

    Inama yo gutangiza umushinga wiswe
    Inama yo gutangiza umushinga wiswe ‘Byuka Bakobwa’ yabereye i Kigali

    Uwimanizanye yagize ati “Namubwira ko ntakiri wa wundi umuntu akoraho ngo ‘oya, oya’ kandi ntari guhakana, nahita mparika moto nkabanza nkamwibutsa ko twumvikanye ko mujyana akagera aho ajya, ariko ko tutumvikanye ibyo kugenda antereta, ankorakora”.

    Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) mu ijwi ry’Umujyanama wa Minisitiri, ivuga ko isanzwe ishima ubufasha bw’umuryango Centre Marembo, cyane cyane ubujyanye no gufasha abana b’abakobwa kwitinyuka bagakora nk’ibyo abahungu n’abagabo bakora.

    Gatabazi Pascal avuga ko bafitiye icyizere uwo muryango ko uzagera ku ntego wiyemeje.


    source : https://ift.tt/3CFypuL

  • Abaturarwanda 1.466.966 bamaze gukingirwa COVID-19 mu buryo bwuzuye – #rwanda #RwOT

    Iyi raporo igaragaza ko 1.466.966 bakingiwe nyuma y’uko ku wa 23 Nzeri 2021, abahawe dose ya kabiri y’urukingo rwa Covid-19 bari 60.165 mu gihe abafashe iya mbere bari 26.369 byatumye umubare wabo ugera kuri 2.029.038.

    U Rwanda rwashyize imbaraga mu bikorwa byo gukingira abaturage barwo ndetse hari icyizere ko mu bihe biri imbere, batangira gusubira mu buzima busanzwe mu gihe bakomeza kwirinda ndetse n’inkingo zikaboneka.

    Icyizere cyabyo kigaragarira mu ngamba nshya zigenda zifatwa zirimo gufungura ibikorwa bitandukanye birimo n’utubari, twakomorewe ku wa 21 Nzeri 2021 nyuma y’amezi 18 twari tumaze dufunze.

    U Rwanda rwizere ko nibura uyu mwaka uzarangira hakingiwe 30% by’Abaturarwanda. Ni mu gihe umwaka utaha byitezwe ko hazaba hakingiwe nibura 60%.

    Minisante kandi yatangaje ko kuri uyu wa Kane, abantu 314 bashya banduye COVID-19 mu bipimo 11.168 mu gihe batatu binjijwe mu bitaro kugira ngo bitabweho n’abaganga.

    Ikomeza yerekana ko kuri ubu abarembye ari 14 mu gihe abasezerewe mu bitaro ari bane.

    Minisante kandi igaragaza ko mu masaha 24 ashize, abantu barindwi barimo abagabo bane n’abagore batatu bishwe n’icyorezo cya COVID-19.

    23.09.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour

    Twihanganishije imiryango y’abagore 4 n’abagabo 3 bitabye Imana / Condolences to families of 4 women and 3 men who passed away / Condoléances aux familles de 4 femmes et 3 hommes qui sont décédés pic.twitter.com/PnwTlIlPMO

    — Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) September 23, 2021


    source : https://ift.tt/2Zh5NJN

  • U Burayi bwashyize u Rwanda mu bihugu abaturage babyo badakumiriwe kubujyamo kubera Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    U Rwanda rwabaye kimwe mu bihugu bitatu byahawe ubwo burenganzira ku wa Kane tariki 23 Nzeri 2021, hamwe na Chili na Koweit.

    Akanama k’u Burayi kuri Covid-19 gahora kavugurura urwo rutonde buri byumweru bibiri kabanje gusuzuma ingamba buri gihugu kitari muri EU cyafashe mu kwirinda no kurwanya icyorezo cya Covid-19.

    Kuva u Burayi bwafata ingamba muri 2020 zo gukumira abaturuka hanze yabwo mu rwego rwo kwirinda Covid-19, bumaze kwemerera ibihugu 14 birimo n’u Rwanda, kurekura ababituye bagatembera kuri uwo mugabane.

    Ibyo bihugu ni Australia, Canada, Chile, China, Jordan, Kuwait, New Zealand, Qatar, Rwanda, Saudi Arabia, Singapore, South Korea, Ukraine na Uruguay.

    Mu byo u Burayi bugenderaho bwemerera abaturage batari ababwo kubutemberamo harimo kuba umuntu yarahawe urukingo rwa Covid-19, kuba ari umuntu ukomeye (umuyobozi n’undi muntu ufatwa nk’ingenzi), cyangwa se kuba ari umuturage uturutse mu bihugu byakuriweho amabwiriza yo gukumirwa.

    U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika biza imbere mu kuzamura imibare y’abarindwa Covid-19, aho kugeza ubu abamaze guhabwa urukingo nibura doze ya mbere barimo gukabakaba miliyoni ebyiri, abamaze guhabwa doze zombi nabo bakaba barenga miliyoni imwe n’ibihumbi 400.

    source : https://ift.tt/3ADKyjj

  • Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika yifuza gushyira iherezo ku guhanga amaso ibiribwa biva hanze yayo – #rwanda #RwOT

    Yabivugiye mu Nama y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mirire, ubuzima, ubuhinzi n’ibindi bibazo byugarije abatuye Isi birimo imihindagurikire y’ikirere yiswe “United Nations Food Systems Summit”. Yabaye kuri uyu wa 23 Nzeri 2021 hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ku wa 26 Nyakanga 2021 ni bwo hari habaye inama yo kuyitegura, mu gihe igitekerezo cyayo cyatanzwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, mu 2019.

    Yitabiriwe n’abandi barimo Perezida w’Inteko Rusange ya Loni, Abdulla Shahid; Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Mario Draghi n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bo hirya no hino mu Isi.

    Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bayitabiriye, yabanje gushimira Guterres ku bwo kuzana igitekerezo cyayo dore ko ari yo ya mbere ibayeho igaruka ku mirire n’ibiribwa nk’ibintu byageza ku iterambere rirambye.

    Yibukije ko ari byo bigize kimwe cya cumi cy’ubukungu bw’Isi aho byihariye miliyari 8.000$.

    Yakomeje ati “Muri Afurika, 70% by’abafite imyaka y’ubukure bakora mu buhinzi n’imishinga ibushamikiyeho; ariko imirire n’ibiribwa ku Mugabane wacu bihora bijegajega ndetse bidahagije. Aya ni amahirwe akomeye yo kongerera umuvuduko iterambere rigeza ku ntego z’amajyambere arambye.”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko ari ngombwa ko hakorwa amavugurura hakarushaho kongerwa ingufu bishorwamo “zirimo kongera ishoramari mu ikoranabuhanga ribika rikanasesengura amakuru, ikoranabuhanga mu gutunganya ibikomoka ku nyamaswa n’ibimera, serivisi z’imari zoroshye kuzigeraho n’utundi dushya.”

    Yemeje ko ibyo bizanafasha muri ibi bihe Isi yose ikomeje gushaka uko yakwigobotora ingaruka za COVID-19.

    Yakomeje agira ati “Kuri Afurika, intego nyamukuru ni ugushyira iherezo ku mirire mibi irangwa ku Mugabane no kuba wahanga amaso ibiribwa bituruka hanze yawo, ndetse hagahangwa imirimo mishya.”

    Perezida Kagame kandi yabwiye abitabiriye iyo nama ko Ikigo Nyafurika gishinzwe Iterambere (NEPAD) cyafashije Common African Position (CAP) Kuyishyigikira hibandwa ku bintu bintu bitanu birimo gushyiraho ingamba zirebana n’amafunguro yuje intungamubiri, ubuhunikiro bw’ibiribwa no kwagura gahunda zo kugaburira abanyeshuri.

    Hanibanzwe ku gushyigikira amasoko y’imbere muri Afurika hanagurwa ubucuruzi bwaho n’inzira ibiribwa binyuzwamo kugeza bigeze ku bari bubirye.

    Icya gatatu cyakozwe ni ukongera ishoramari mu buhinzi rikagera ku 10% by’ibyo Leta zishoramo amafaranga; icya kane kiba korohereza abahinzi bato no kugenzura ko abagore bagera ku mitungo ibyara inyungu; naho icya gatanu ni ukwagura uburyo bwo kurengera abababaye n’ubw’amakuru y’imihindagurikire y’ibihe.

    Perezida Kagame yagize ati “Kuzuza inshingano ngo ibi bikorwa bigerweho hazaba harimo amagenzura ahoraho y’Umushinga wita ku Iterambere ry’Ubuhinzi muri Afurika (CAADP). Uburyo bw’ishoramari bushya bushobora kwihutisha iterambere, ari bwo gushora imari mu birebana n’amafunguro no kuboneza imirire byasabwe na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere.”

    Yavuze ko iyo nama ishyizeho intangiriro y’ukundi kwiyemeza gushya mu bufatanye mpuzamahanga bukenewe kugira ngo havugururwe ibirebana n’ibiribwa n’imirire ndetse bijyane n’intego z’iterambere rirambye.

    Ati “Ubu ni wo mwanya ngo Isi ihagurukire iki kibazo, dushyire hamwe.”

    Antonio Guterres yavuze ko guhindura ibijyanye n’amafunguro n’imirire nidashoboka gusa ahubwo bikenewe, ati “Ibiryo ni ubuzima, ibiryo ni icyizere”.

    Abayobozi b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama bagiye batanga ubutumwa bibanda cyane ku mirire yuje intungamubiri n’ibishobora gufasha mu kuba ibiribwa byagera kuri bose.

    Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika yifuza gushyira iherezo ku guhanga amaso ibiribwa biva hanze yayo

    source : https://ift.tt/3EIxKL3