Tag: featured

  • Polisi iraburira abajya mu tubari bakarenga ku mabwiriza yo kwirinda #COVID19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko Polisi imaze iminsi ifata abantu benshi, barenga ku mabwiriza bagatwara ibinyabiziga banyoye ku bisindisha, ndetse ubu bakaba bageze aho babishyira mu rwenya batanga ubutumwa ku mbungankoranyambaga.

    CP John Bosco Kabera
    CP John Bosco Kabera

    Ati “Baratanga gahunda ngo yo gufungura utubari, bakageza n’aho bavuga ko hari igihe polisi iri bube ihageze bagasimbuka, ndagira ngo nibutse abantu ko hari igihe abantu bigeze gusimbuka urupangu rwa Hoteli imwe baravunika twarabimenye, nyuma y’abantu twafatiye muri Hoteli na none bari bikingiranye badashaka ko Polisi ibageraho, ariya masaha rero bavuga yo kuvuga ngo ni icupa rya mbere, ni irya kabiri, ni irya gatatu, ni irya nyuma, ndetse bakagera n’aho baza kubazanya niba bagezeyo amahoro, biriya bintu ntabwo ari byo, nyabuneka nibareke kurenga ku mabwiriza, nibareke gukora amakosa, nibareke kuba bakora n’ibyaha”.

    CP Kabera avuga ko hari ingamba zitandukanye kandi zikaba zizakurikizwa ku bantu badashaka kubahiriza amabwiriza.

    Ati “Ba nyiri utubari bazi ibisabwa, barabibonye, bazi ibisabwa kugira ngo akabari gafungure, bazi amasaha yo gusoza ibikorwa byabo, abandi bajya kunywa inzoga muri utwo tubari, bazi neza amabwiriza barayabonye, ikindi bazi n’amasaha y’ingendo yemewe. Polisi rero icyo izakora ni uko izagenzura ibyo ngibyo, utubari dushobora kuba twafunguye tutabyemerewe, utubari dushobora kuba twafunguye tukarenga ku mabwiriza y’uko ba nyiratwo bashobora kuba bitwaye, ikindi ni uko abo bose babirengaho bazabihanirwa, kuko n’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri birabivuga neza ko abaturage bazarenga kuri ayo mabwiriza bazabihanirwa”.

    Polisi irasaba abantu kutadohoka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, kuko icyorezo kigihari, kandi kudohoka bishobora gutuma hongera gufatwa imyanzuro ikomeye irimo no kuba hakongera kubaho Guma mu rugo, bitewe n’izamuka ry’imibare y’abantu bandura cyangwa bagapfa kubera Covid-19.


    source : https://ift.tt/3lTZMKQ

  • Croix Rouge y’u Rwanda igiye gutanga asaga miliyoni 160 mu kwigisha impunzi imyuga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urubyiruko ruturutse i Mahama rwinjira muri IPRC Ngoma
    Urubyiruko ruturutse i Mahama rwinjira muri IPRC Ngoma

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 26 Nzeri 2021, uru rubyiruko rwagejejwe mu bigo ruzigiramo aho ikigo cya AMITE kiri mu karere ka Kayonza cyakiriye 90 baziga gukora imisatsi naho abandi 210 bagezwa muri IPRC Ngoma bakaziga ibijyanye no gukora amazi no kuyageza ku bayashaka (Plumbing), ubudozi n’ubwubatsi.

    Iyi myuga bazayiga mugihe cy’amezi atatu ndetse hiyongereho n’ukundi kwezi ku imenyerezamwuga.

    Umuyobozi wa Croix rouge y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba, Muhawenimana Jeanne d’arc avuga ko gutoranya abazigishwa iyi myuga harebwaga mbere na mbere abafite ibibazo, nk’abana bibana, impfubyi n’abasize imiryango yabo bahuzwa n’urubyiruko rutishoboye rutuye hafi n’inkambi ariko bose bakaba batarengeje imyaka 30 y’amavuko.

    Avuga ko nk’intego ya Croix rouge yo guhuza abantu bakaba umwe no kutarobanura ku butoni, gukunda ikiremwamuntu no kukigirira impuhwe ariyo mpamvu bahuje urubyiruko rwo hanze y’inkambi n’urwo mu nkambi hagamijwe kuzamura imyumvire n’ubumwe n’ubwiyunge.

    Umwe mu bagiye kwiga imyuga aherekejwe n
    Umwe mu bagiye kwiga imyuga aherekejwe n’umuryango we

    Avuga ko abafite ibibazo bitandukanye babanje guhurizwa mu mashyirahamwe none hakaba hiyongereyeho kubahuriza mu kubigisha imyuga hagamijwe kubongerera ubumenyi kugira ngo baziteze imbere.

    Ati “Twabanje kureba abafite ibibazo mu nkambi tubahuza n’urubyiruko rwo hanze y’inkambi narwo rufite ibibazo by’ubushobozi bucye tubahuriza mu mashyirahamwe none tugeze igihe cyo kubigisha imyuga kugira ngo bongere ubushobozi bwabo babashe kwigira.”

    Muhawenimana avuga ko ikigamijwe ari ugukura uru rubyiruko mu kiciro cy’abafashwa abakajya mu kiciro cy’abafatanyabikorwa bijyanye na gahunda ya Croix rouge y’u Rwanda yo kunganira Leta mu gufasha abatishoboye no kuzamura imyumvire n’imitekerereze by’urubyiruko bityo igihugu kirusheho kuzamuka.

    Ikindi ariko guhuza urubyiruko rw’impunzi ruba mu nkambi n’urw’Abanyarwanda baturiye inkambi byongereye imibanire myiza kuko kenshi ibibazo biba mu nkambi bigira ingaruka ku bayituriye.

    Agira ati “Tumaze kubahuza bagiye batwigiraho umuco mwiza, tunabafasha kuva muri rya hungabana ry’ibibazo baba bafite bitandukanye. Yaba ari mu Rwanda cyangwa subiye mu gihugu cye wa muco mwiza, bwa bumuntu azagenda bumugirire akamaro ndetse afashe n’abandi.”

    Akomeza agira ati “Tuba twubaka igihugu cyacu na Afurika muri rusange ndetse n’Isi yose.”

    Imodoka zabatwaye
    Imodoka zabatwaye

    Irakoze Nicole wo mu nkambi ya Mahama avuga ko kwiga umwuga bizamufasha kwiteza imbere ndetse no kubasha kurera umwana we.

    Avuga ko icyambere ari ukugira ubumenyi, igisigaye bagiye gushyiraho umuhate kugira ngo badapfusha ubusa amahirwe babonye.

    Ati “Sinavuga ngo bingirire akamaro iwacu ntashye, bizakangirira hano, u Rwanda ni umugisha, mwarakoze kutwakira. Kuba twabonye amashuri ntitwareka kwiga, tuzarangwa n’ikinyabupfura n’ishyaka, tukamenya ko tutaje kurangara cyangwa kurangazwa n’ibindi.”

    Uru rubyiruko uko ari 300 kwiga no gukora imenyerezamwuga ruzatangwaho amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 160, Croix rouge y’u Rwanda yatewemo inkunga n’iy’u Bubiligi.

    Bapimwe Covid-19
    Bapimwe Covid-19


    source : https://ift.tt/3i4y6Sr

  • Nyabihu yanenzwe kugenda gahoro mu kurwanya imirire mibi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inkuru dukesha Ikinyamakuru The New Times, ivuga ko PAC yihanagirije ubuyobozi bw’ako Karere nyuma y’uko bugaragaje ko icyorezo cya Covid-19 ari cyo cyabatindije mu gutanga inkunga yari igenewe kuzamura imirire myiza mu bana bari munsi y’imyaka itanu ndetse n’abagore batwite n’abonsa baturuka mu miryango ikennye.

    Abayobozi b’Akarere ka Nyabihu bari bitabye PAC kuri uyu wa Kane tariki 23 Nzeri 2021, kugira ngo basobanure ikibazo cy’imicungire mibi y’imari cyagaragaye muri raporo y’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta mu myaka y’ingengo y’imari 2019/2020.

    Raporo yakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ku bushakashatsi bwakozwe mu 2014-15 bwiswe ‘Rwanda Demographic and Health Survey 2014-15 (2014-15 RDHS)’, yagaragaje ko ikibazo cy’igwingira kiri hejuru cyane mu Karere ka Nyabihu, aho mu 2015, 59 % by’abana bo mu Karere ka Nyabihu bari bafite ikibazo cy’igwingira, mu gihe ku rwego rw’igihugu ikibazo cy’igwingira cyari kuri 38 %.

    Gusa mu bigereranyo byakozwe, byagaragaje ko ikigero cy’igwingira mu Karere ka Nyabihu cyaje kugabanuka mu 2019, kigera kuri 46 %, mu gihe ku rwego rw’igihugu cyari kuri 33%. Muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta kandi,byagaragaraga ko mu bindi bibazo ako Karere ka Nyabihu gafite, harimo no gutinda gutanga inkunga y’ibiribwa iba igenewe kuzamura imirire myiza, ku basanzwe bayihabwa (Nutrition Sensitive Direct Support ‘NSDS’).

    Iyo raporo igaragaza ko ubundi iyo nkunga ya ‘Nutrition Sensitive Direct Support (NSDS)’ ihabwa abagore batwite n’abakimara kubyara bakomoka mu miryango ikennye n’abana bato, kugira ngo bashobore kubona indyo yuzuye, byityo n’imibereho yabo ihinduke.

    Urebye ku mabwiriza aganga ibyo gutanga iyo nkunga ya ‘Nutrition Sensitive Direct Support’ yashyizweho na ‘LODA’ tariki 28 Ukuboza 2018, gutanga iyo nkunga ku bayigenewe on December 28, 2018, byagombye kutarenga mu minsi 10 ibanza kuri Kalindari.

    Ariko ngo byagaragaye ko inkunga ya ‘NSDS’ yakererewe kugera ku bagenerwabikorwa ingana na 84.7 z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba yarakererewe iminsi iri hagati ya 56 na 81 ukurikije igihe kuyitanga byari kubera.

    Depite Muhakwa Valens, umuyobozi wa PAC yagize ati “ Tubona ko habayeho uburangare no gutinza iyo inkunga, kandi gutinda kuyitanga bituma abagenerwabikorwa bakomeza guhur an’ikibazo cy’imirire mibi”.

    Abayobozi b’Akarere ka Nyabihu babwiye PAC ko ibyo byatewe n’ingorane Akarere kahuye na zo bitewe n’icyorezo cya Covid-19, mu gukoresha ikoranabuhanga ry’abafatanyabikorwa bako muri iyo gahunda barimo ‘LODA’ na ‘RBC’ kugira ngo bashobore kugira ku bagenerwabikorwa.

    Sibo Mutwarangabo, Umuyobozi ushinzwe kubungabunga imibereho myiza mu Karere ka Nyabihu yagize ati“ Inkunga isanzwe itangwa ku bagenerwabikorwa bayo, hishashishijwe ‘systems’ imwe ya ‘LODA’ indi ya ‘RBC’. Amahugurwa yari gutuma abantu bagira ubumenyi mu kuzikoresha yadindijwe n’icyorezo cya ‘Covid-19′ by’umwihariko, gahunda ya ‘guma mu rugo’ “

    Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, muri raporo yavuze ko gutinda gutanga iyo nkunga ku bagenerwabikorwa byagira ingaruka mbi ku mibereho myiza yabo ndetse n’intego zifuzwaga kugerwaho ntizigerweho uko bikwiye.

    Depite Mukabalisa Germaine yavuze ko Akarere ka Nyabihu, kari mu turere dufite ikigero cy’igwingira n’imirire mibi kiri hejuru mu gihugu hose, kari kagize amahirwe yo kubona inkunga kugira ngo icyo kibazo gikemuke, ariko ntikayabyaje umusaruro.

    Depite Mukabalisa ati “ Nimutubwire niba imirire mibi nayo ijya mu kirihuko cyangwa se niba nayo yarashyizwe muri ‘guma mu rugo’”. Ibyo Depite Mukabalisa yabijije ashaka, kugaragaza ko intege nkeya z’Abayozi b’ako Karere ari zo zatumye bagomwa abana amahirwe yo kubona inkunga ifasha mu kurwanya igwingira.

    Depite Uwineza Beline, umuyobozi wa PAC wungirije, yagize ati “ Mu by’ukuri, ibyo bibazo byo gutinza inkunga y’ibiribwa ntibyakabaye byumvikana mu Karere ka Nyabihu, kandi ari ko ka mbere mu kugira umubare munini w’abafite ikibazo cy’imirire mibi”.

    Ikindi kibazo cyagaragajwe n’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta muri ako Karere ka Nyabihu, ni uko inkunga gahabwa kagashobora kuyikoresha yose, muri Miliyoni 70 z’amafaranga y’u Rwanda kahawe mu mwaka w’ingengo y’imari 2018/2019, hari miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda yasigaye adakoreshejwe.

    source : https://ift.tt/3zHHilM

  • Centrafrique: Abapolisi n’abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abaturage mu muganda – #rwanda #RwOT

    Uyu muganda wari ufite intero igira iti “Tugire Bangui ikeye” wateguwe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Bangui. Hari hitabiriye kandi Guillaume Ngobo waturutse mu buyobozi bw ’Umujyi wa Bangui.

    Igikorwa cyo gusukura uyu Mujyi cyari kitabiriwe n’umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa by ’abapolisi n’abasirikare bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye baba i Bangui,Umunya-Mauritania, Brig. Gen Elyse M’Bareck Elkair.

    Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bashinzwe kurinda abayobozi ndetse n’abasirikare b’u Rwanda ba batayo ya 8 n’iya 9 bose bakorera mu Mujyi wa Bangui bakoze igikorwa cyo gutoragura imyanda, ndetse no gusibura imigende, banatema ibihuru byari bikikije Umujyi wa Bangui.

    Ngobo yashimiye abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda ndetse n’abanyarwanda baba i Bangui ku nkunga yabo bakomeje gutanga mu kugarura amahoro muri iki gihugu ndetse no kuzamura imibereho myiza y’abaturage ba Centrafrique.

    Brig. Gen M’Bareck na we yashimye ubufatanye n’umurava w’abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda mu kurinda abasivili.

    Yavuze ko ari ingenzi ku kwita ku buzima bw’abaturage n’ubwo haba hari izindi nshingano zijyanye no kubungabunga amahoro.

    Uyu muganda waranzwe no gutema ibihuru, gutoragura imyanda n’ibindi

    Abapolisi n’ingabo z’u Rwanda zafatanyije n’abatuye Bangui mu muganda

    Abapolisi n’ingabo z’u Rwanda bashimiwe uburyo hejuru y’inshingano zo kurinda umutekano, banakora ibikorwa birengera imibereho myiza y’abaturage

    source : https://ift.tt/3CSchNZ

  • RCS igiye gushyiraho umurongo wa telefoni utishyurwa uzajya ukoreshwa n’imfungwa n’abagororwa – #rwanda #RwOT

    Mbere ya Covid-19 nta buryo rusange bwabagaho bwo guhamagara muri gereza cyangwa ngo abarimo babashe guhamagara hanze. Ubwo iki cyorezo cyibasiraga Isi n’u Rwanda imfungwa ntizasurwaga mu kwirinda ikwirakwira ryacyo gusa bashyiriweho uburyo bwo kuvugana n’ababo binyuze kuri telefoni.

    RCS yashyizeho amatelefoni buri wese agahabwa iminota itanu yo guhamagara akagura ikarita akabasha kuvugana n’umuryango we uri hanze.

    Ni igikorwa abafunzwe n’imiryango yabo bashimye bavuga ko nubwo batabashaga kubonana ariko byibuze babashaga kumenya amakuru yabo bitabagoye.

    Gasangwa Constant ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge yagize ati “Guma mu rugo yabayeho tugira impungenge zo kumva amakuru y’imiryango yacu, nabo bifuza kutwumva kuko ntabwo batubonaga, ariko kuva iyi telefoni yajyaho ku minota itanu baduha ngo tujye tuvugana n’imiryango yacu, tubona hari ikintu kinini bidufasha.”

    Ibi bahuje na Mukeshimana Jeaninne, uvuga ko kwirinda Covid-19 byari ngombwa ariko baba bakeneye kumenya uko imiryango yabo imerewe.

    Yagize ati “Kurinda abantu byari kimwe ariko na none kumenya amakuru y’imiryango yacu byari ikindi, iyi telefoni yaje ari igisubizo muri ibyo bibazo byari bibaye bisa n’ibitunguranye.”

    Ku ruhande rw’abafite ababo bafunzwe, bavuga ko iki gikorwa ari cyiza kuko babasha kumenya amakuru y’ababo niyo agize ikibazo abasha kubitabaza. Bavuga ko imbogamizi isigaye ari iy’uko bo igihe bashakiye batabasha kuvugana n’abari muri gereza.

    Iki kibazo Umuvugizi wa RCS, SSP Pelly Gakwaya Uwera, yabwiye Televiziyo Rwanda ko kigiye gukemuka mu munsi mike hashyirwaho imirongo itishyurwa abari hanze bazajya babasha gukoresha bahamagara ababo bari mu magereza.

    Yagize ati “Ubuyobozi bukuru bwa RCS bwaboneyeho gushaka ubundi buryo, butekereza ku gushaka ya mirongo migufi ihamagarwaho ku buntu, ubwo buryo bushyirwaho kugira ngo na ya miryango itishoboye igire uburyo bwo kuvugana n’ababo bamenye uko babayeho.”

    Yakomeje avuga ko mu magereza hakomeje igikorwa cyo gukingira Covid-19 imfungwa n’abagororwa ku buryo mu gihe kidatinze uwipimishije iki cyorezo azajya abasha gusura.

    Mu magereza hagiye gushyirwaho imirongo itishyurwa abari hanze bazajya bahamagaraho imfungwa n’abagororwa

    source : https://ift.tt/39BmHoB

  • UCI yashimye u Rwanda mu maso y’abashakaga kuvanga amagare na Rusesabagina – #rwanda #RwOT

    Ni amahirwe rwahawe nyuma y’uko tariki 11 Nzeri 2019 aribwo abahagarariye Leta y’u Rwanda n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY), bagejeje ubusabe mu Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI), basaba ko Umujyi wa Kigali wazakira Shampiyona y’Isi ya 2025.

    Ku wa 24 Nzeri 2021 ubwo hateranaga Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) yanemerejwemo u Rwanda ku mugaragaro nk’igihugu kizakira iri rushanwa, umunyamakuru wa ‘Cyclingnews’ yabajije Perezida wa UCI, David Lappartient uko u Rwanda ruhabwa kwakira iyi shampiyona mu gihe ruregwa guhonyora uburenganzira bwa muntu.

    Uyu munyamakuru mu kuvuga ko u Rwanda rushinjwa guhonyora uburenganzira bwa muntu yifashishije ingero zitandukanye zirimo, ibyo amahanga yavuze ku itabwa muri yombi rya Paul Rusesabagina n’igifungo yahawe cy’imyaka 25 ndetse na Raporo za Human Rights Watch.

    Mu kumusubiza, David Lappartient yavuze ko we ubwe yisuriye u Rwanda kandi icyo yabashije kubona ari Guverinoma yabashije kunga abantu aho kuba ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu.

    Ati “Nagiye Nkunda kubivuga, ingingo ijyanye n’uburenganzira bwa muntu ni ingenzi kuri twe, ariko nabashije kujya mu Rwanda, nahuye n’Abanyarwanda benshi, icyo nabonye ni Guverinoma yavuye mu bibazo bikomeye kandi yabashije kunga abaturage.”

    Yavuze ko iyo urebye ibyo u Rwanda rumaze kugeraho bigaragaza ko rufite ubuyobozi bushoboye, anibutsa ko buri gihe abantu badakwiye kurebera Isi mu ndorerwamo z’ibikorerwa i Burayi.

    Ati “Iyo urebye aho u Rwanda rwavuye n’aho ruri ubu, ntekereza ko byabasha kugerwaho gusa igihe hari ubuyobozi bukwiye. Rimwe na rimwe, ntidukwiye kurebera Guverinoma zose zo ku Isi mu ndorerwamo z’uburyo Abanyaburayi bakora ibintu. Mu by’ukuri ntekereza ko ubuyobozi bw’u Rwanda bushyigikiwe cyane, kubera ibyo bwakoze mu bijyanye n’ubuzima no kunga abantu.”

    David Lappartient yavuze ko ku Isi nta hantu na hamwe ushobora gusanga Demokarasi ari nta makemwa ndetse yemeza ko u Rwanda ari igihugu gifite umuyobozi ufitiwe icyizere.

    Ati “Sinzi niba hari ahantu haba Demokarasi nta makemwa kuri iyi Si, ariko icyo mbona mu Rwanda, ni abantu bazi kongera kubyuka bagahaguruka, abantu bagizweho ingaruka na Jenoside yabaye mu 1994. Kugira ngo ubashe kurenga ibintu nk’ibi, ukunga abaturage, si akazi koroshye.”

    Yakomeje agira ati “Hari umugabo ufite intumbero, wabashije kubikora. Navuga ko kandi Perezida w’u Bufaransa aherutse kujya guhura na Perezida Kagame. Yatowe nk’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

    “Ibyo byose ni ukuvuga ko iki ari Igihugu kizwi kandi cyemewe mu ruhando mpuzamahanga. Mu buryo kamere buri gihugu gifite uko cyagera ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu. Ndatekereza ko ibyinshi byamaze gukorwa.”

    Yavuze ko guha u Rwanda Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare bizafasha Abanyarwanda kurushaho kwiyunga kuko ariko kamaro ka siporo.

    Ati “Siporo ifite uburyo ifasha abantu kubona ibintu kimwe. Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare mu buryo budashidikanywaho ni uburyo bwo gukomeza gufasha Abanyarwanda kwiyunga.”

    Siporo ni siporo na politike ni politike

    Muri iyi Nteko Rusange ikibazo nk’iki kandi cyabajijwe Umuyobozi w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino w’Amagare (FERWACY), Murenzi Abdallah.

    Mu gusubiza, Murenzi Abdallah yavuze ko Politike idakwiye kuvangwa na siporo. Ati “Ibi ni ibintu udashobora kuvanga, kubera ko siporo ari siporo na politike ari politike”.

    Yavuze ko abavuga ko u Rwanda rutubaha uburenganzira bw’ikiremwamuntu ntacyo bashingiraho.

    Ati “Abavuga ko hari ikibazo mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, bashobora kuvuga ibyo bashaka ariko mu Rwanda buri wese aratekanye, buri wese ameze neza, yaba Umunyarwanda cyangwa umunyamahanga. Reba umubare w’abakerarugendo baza mu Rwanda. Ku bijyanye na politike naho duhagaze neza, ubushize Perezida Macron yari ari mu Rwanda. Dufitanye umubano mwiza na buri umwe, na buri gihugu nka Amerika, ariko aha twibande kuri siporo.”

    U Rwanda na Maroc ni byo bihugu byari bihanganiye kuzavamo kimwe kizakira iryo rushanwa. U Bubiligi buzakira iry’uyu mwaka, hakurikireho Australia (2022), Écosse (2023) n’u Busuwisi (2024).

    U Rwanda ruhawe aya mahirwe nyuma y’uko muri Gicurasi uyu mwaka, David Lappartient yitabiriye Tour du Rwanda 2021 ndetse ni we watangije iri siganwa ku wa 2 Gicurasi 2021, ubwo hakinwaga etape ya mbere ya Kigali-Rwamagana.

    Icyo gihe David Lappartient yashimye uburyo Tour du Rwanda 2021 yateguwe.

    U Rwanda rwahawe kuzakira Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare izaba mu 2025

    Perezida wa UCI, David Lappartient yavuze ko u Rwanda rwahawe kwakira Shampiyona y’abasiganwa ku magare ku Isi rubikwiye

    source : https://ift.tt/39CdYCj

  • Perezida Kagame yashimiye u Bushinwa, ashishikariza abaturage babwo gusura u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi Perezida Kagame yabigarutseho kuri iki Cyumweru mu ijambo yavuze ubwo hatangizwaga Inama igamije ishoramari n’ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Bushinwa izwi nka ‘China-Africa Economic and Trade Expo’.

    Iyi nama iba rimwe mu myaka ibiri itegurwa na Minisiteri y’Ubucuruzi y’u Bushinwa n’Intara ya Hunan, igahuza abashoramari n’abacuruzi baturutse ku Mugabane wa Afurika n’u Bushinwa.

    Ubwo hatangizwaga iyi nama, Perezida Kagame yavuze ko ishimangira ubufatanye Umugabane wa Afurika ufitanye n’u Bushinwa bigizwemo uruhare na Perezida Xi Jinping.

    Yavuze ko u Rwanda na Afurika byamaze kubona inyungu y’iyi nama kuko hari Abanyarwanda bakuye amahirwe y’ubucuruzi mu nama iheruka.

    Ati “Twamaze kubona agaciro k’iki gikorwa. Mu nama yabaye bwa mbere mu 2019, ibigo by’Abanyarwanda byageze ku mahirwe y’ubucuruzi, by’umwihariko mu bijyanye n’isoko ryo kugurisha ibikomoka ku buhinzi ku isoko ry’u Bushinwa.”

    “Ibi byafashije mu kuzamura intego zacu mu bijyanye n’urwego ubucuruzi bw’ikomoka ku buhinzi kandi turishimira uko abakiliya bacu b’Abashinwa bakiriye urusenda, Icyayi n’ikawa by’ubwiza buhebuje.”

    Perezida Kagame yavuze ko iyi nama ibaye mu gihe u Rwanda rwizihiza imyaka 50 ishize hasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati yarwo n’u Bushinwa.

    Ati “Uyu mwaka ni uwa 50 habayeho amasezerano y’ubutwererane hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa. Intego yacu ikomeye ni ukurushaho gushimangira umubano wacu no mu kindi gice cy’ikinyejana cy’ubufatanye kiri imbere.”

    Yashimye abategura iyi nama yose ndetse asaba Abashinwa gusura u Rwanda kuko bashyiriweho uburyo bwo guhabwa Visa bageze mu gihugu.

    Ati “Ndashimira abazakira iri murikagurisha uyu mwaka: ubuyobozi bw’Intara ya Hunan. Umujyi wa Kigali n’Intara ya Hunan biri kuganira ku bufatanye mu by’ubukungu n’uburezi kandi twiteguye gukorana namwe.”

    “Ndashaka kubabwira ko rufite uburyo bwo guhera Visa mu gihugu abaturage bose b’u Bushinwa, ku bw’ibyo munyemerere mpe ubutumire ba mukerarugendo b’Abashinwa bwo gusura u Rwanda no kwibonera ibyiza byihariye brimo iinyamaswa zo mu gasozi n’uburyo bwiza bwo kwakira abantu bw’Abanyafurika.”

    Perezida Kagame yavuze ko ubuyobozi bwa Xi Jinping bukwiriye gushimirwa kubera uburyo bukomeje gukorana na Afurika no muri ibi bihe bya COVID-19.

    Ati “Nashakaga gusoza nshimira Perezida Xi Jinping kubera uburyo butandukanye bw’ubufatanye n’ubufasha u Bushinwa bwahaye u Rwanda na Afurika mu bijyanye n’icyorezo cya COVID-19. Ibi bikorwa ni gihamya cy’imbaraga z’umubano ukomeye uri hagati ya Afurika n’u Bushinwa n’akamaro ko guhora duharanira kunoza ibyo dukora dufatanyije.”

    Mu by’ingenzi biganirwaho muri iyi nama harimo ubucuruzi, ubukerarugendo, ikoranabuhanga mu buhinzi, inganda, ibikorwaremezo, imari n’ingufu.

    Ifatwa nk’amahirwe ku bacuruzi b’Abanyarwanda kuko mu iheruka babashije kubona amasoko atandukanye. Urugero ikigo gihinga kinacuruza urusenda cya ‘Gashora Farms’ cyasinye amasezerano ya miliyoni 500$ yo kugera urusenda mu Bushinwa.

    Perezida Kagame yashimiye umusanzu w’u Bushinwa mu iterambere rya Afurika, asaba Abashinwa gusura u Rwanda

    source : https://ift.tt/3o8LuIZ

  • Musanze: Bishimiye urukingo rwa Johnson & Johnson #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bishimiye guhabwa urukingo rwa COVID-19
    Bishimiye guhabwa urukingo rwa COVID-19

    Bamwe muri bo, byagaragaraga ku maso ko bishimiye urwo rukingo, aho bari bafite n’amakuru ko rudasanzwe aho ngo urutewe atagaruka gufata urwa kabiri, ibyo bituma ubwitabire bwari ku rwego ruri hejuru.

    N’ubwo urwo rukingo rugenewe abageze mu zabukuru barengeje imyaka 50, ntibyabujije n’urubyiruko kwitabira icyo gikorwa, uciye mu rihumye abacungaga umutekano biganjemo urubyiruko rw’abakorerabushake, agataha akingiwe.

    Abaganiriye na Kigali Today, bagaragaje ko bamaze kumenya akamaro ko gufata urukingo, ariko bakongeraho ko urwa Johnson & Johnson rufite akarusho ko kuba uwo bakingiye atagaruka gufata urwa kabiri nk’uko bagiye babyumva mu makuru.

    Umukecuru witwa Muteteli Margueritte, ati “Gukingirwa ni ingenzi, murabona ibi byorezo byaduteye utikingije ntiwaba utekereza, numvise ko n’uru rukingo baduteye ari rwiza cyane, ngo ruterwa rimwe gusa, ubu ntabwo tuzagaruka”.

    Ndoriyomva Jacques ati “Naje kwikingiza nirinda COVID-19, ubu ubuzima bwanjye nta kibazo bufite ndabusigasiye, Leta yagize neza kuduha urukingo, batubwiye ko ari rwiza cyane aho umuntu bamukingira rimwe gusa, ubu ndatashye nta tariki bampaye yo kuzagaruka gufata urundi”.

    Uwitwa Nyirakamana ati “Kwikingiza bifite akamaro, bizadufasha kurama ku buryo hatazagira uburwayi butumugaza, ubu ntegereje ko bantera ako gashinge kandi ngo ni rimwe gusa nta kugaruka”.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze, burishimira uburyo abantu bakomeje kugaragaza ko banyotewe urukingo, aho bakomeje kwitabira ari benshi, ariko kandi bibutswa gukomeza kwirinda n’abatarakingirwa basabwa kwitabira gufata urukingo, nk’uko Kigali Today yabitangarijwe na Kamanzi Axelle Umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

    Yagize ati “Abaturage bishimiye urukingo kuko bamaze kumenya akamaro karwo, uwakingiwe iyo ahuye n’icyorezo cya COVID-19 ntabwo azahazwa, bazi agaciro k’urukingo, ni nayo mpamvu ubona babyishimiye cyane, urabona ko baje gufata urukingo ari benshi cyane, ni igihamya cy’uko bajijukiwe akamaro karwo”.

    Arongera ati “Abataraza nababwira kudacikanwa n’iyi gahunda niba bari mu cyiciro turi gukingira, n’abandi bazakomeza gukurikira amakuru y’inkingo zigenda zitangwa bitewe n’icyiciro barimo, kugira ngo badacikwa n’aya mahirwe kuko urukingo ni ubuzima, COVID-19 irahari ni icyorezo kandi irica, iyo wakingiwe ukagira ibyago byo kuyandura ntabwo uzahara, ukira vuba ugasubira mu mirimo”.

    Ubuyobozi bw’ibitaro bikuri bya Ruhengeri, bikomeje gusaba abaturage barengeje imyaka 50 y’amavuko batakingiwe, kujya gufata urukingo rwa COVID-19 bagana ibigo nderabuzima kibegereye.

    source : https://ift.tt/3m4rbd9

  • Igitekerezo: Abakoresha abantu amanywa n’ijoro, muba mubizeyeho ubushobozi bungana bute? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu miryango imwe itandukanye yaba minini, cyangwa mito hari aho usanga bafite umukozi ukora akazi ko ku manywa, nyamara nijoro hagera akaba umuzamu. Bivuga ko uyu urebye neza ubwo aba akora amasaha 24 kuri 24, ukurikije akazi umukoresha we amuha.

    Ubundi amasaha umuntu mukuru aba agomba kuryama abarirwa hagati y’atandatu (6) n’umunani (8) buri munsi. Ariko ubona abakoresha bamwe ibi batabyibazaho, gusa akumva ko we agomba kuyubahiriza, ariko umukozi we kuruhuka bitamureba kandi ikibabaje akumva ko yizeye ko umutekano w’ibyo yamurindishije usesuye, nyamara akirengagiza ko n’uwo mukozi we ari umuntu ufite umubiri nk’utwe na we aba agomba kuruhuka.

    Ujya kubona ukabona uwo mukoresha yirirwanye n’uwo mukozi we, amukoresha n’indi mirimo yose ya ku manywa, iyo aho akorera Atari ho ataha ukumva nka 16h cyangwa 17h aramusezeye ngo uramuke ndarushye ndatashye kuruhuka. Agasiga amubwiye ati “ujye ucunga ibi bintu neza utazasinzira bakatwiba.”

    Ibi kandi abivuga akomeje, kuko iyo agize nk’ibyago abajura bakamucunga agatotsi kamutwaye agasinzira, ashyikirizwa inzego z’umutekano akaryozwa ibyibwe ngo yari asinziriye baramwiba ndetse akenshi bikitwa ubufatanyacyaha.

    Aha bintera kwibaza aba bakoresha niba baba bumva iki kiremwa kigizwe n’inyama n’amaraso cyazabaho gikora ubutaruhuka, kandi we iyo yakabije akageza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba yinubira akazi ngo yananiwe atashye kuruhuka.

    Nyamara uyu asize ngo amuraririre ibikoresho, aba yabyutse mbere ye, akora amasuku kugira ngo umukoresha aze hasa neza, amanywa yose akirirwa amukoresha, ati “Kora aka na kariya ubundi umpereze kano, nyuma ujye hariya kuzana bya bindi unakore isuku….” Nyuma we yataha kuruhuka agasiga amubwiye kurarira ibikoresho bye!

    Iyi ni imirimo akenshi ikorwa n’abagabo, ushobora kubona inyuma ukagira ngo arakomeye, kubera umubiri wabo ugaragaza imbaraga, ariko byanze bikunze kuko ari uko umuntu aremye, bigera aho akananirwa , kuko biba ari ibintu byisubira, umubiri we ugacika intege burundu.

    Akenshi aba bantu iyo baje gusaba akazi abakoresha babo babereka ko ku manywa ari utuntu duke bazajya bakora wenda nk’amasuku ya mugitondo ubundi bakaryama kugira ngo baze kubona uko barara ijoro. Nyamara uzasanga bamukoresha ku manywa no kurusha nijoro, bamara gutaha bakamwereka ko ahubwo akazi ke aribwo gatangiye!

    Aba bakozi akenshi baba binuba ndetse bagaragaza ko bagowe (hirya umukoresha we atamwumva). Ariko kubera imibereho iri hanze aha, agatinya gusezera mu kazi bitewe n’inshingano abenshi baba bafite, akumva yapfa gukomeza guhanyanyaza, akenshi akazahava ari indembe umubiri we nta mbaraga ugifite nta n’icyo agishoboye kuba yakwikorera.

    Ariko se niba ubuzima bwe butanareba wa mukoresha wenda, cyane cyane ko iyo yamaze kugira ubumuga agenda ukishakira undi mukozi, ariko se nibura kuki mu gihe akigukorera utakwibaza imbaraga yaba afite ku buryo yakora amanywa n’ijoro kandi ukiringira umutekano w’ibikoresho byawe?

    Umuntu ni umuntu, Imana yamuremanye imbaraga zo gukora, ariko bisaba igihe cyo gukora no kuruhuka kugira ngo n’umunsi ukurikiyeho atangirane imbaraga nshya. Uyu muntu utamuhaye umwanya wo kuruhuka ntumwizereho uburinzi bw’ibyawe, cyangwa umurimo unoze, kuko byanze bikunze umubiri uzamwereka ko unaniwe kandi ukeneye kuruhuka. Rero kuko akenshi ibi biba nijoro. Ubwo utashye uzi ko mwiriwe mukorana umunsi wose, utahe wizeye neza ko nta mutekano usize inyuma kandi mugize ibyago bikangirika cyangwa bikibwa, uzibuke imbaraga z’umuntu wahasize ngo abirindire umutekano.

    source : https://ift.tt/39F8oiM

  • Amateka ya Kirusu Thomas wasigiye inganzo umukobwa we Nzayisenga Sophie #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kirusu Thomas
    Kirusu Thomas

    Mu ndirimbo ze zamenyekanye cyane harimo ‘Mugoyi na Mugore, Ikigwiti, Igiseke, Ingoboka n’izindi.

    Kirusu Thomas ukomoka ahahoze ari muri Komine ya Kigoma perefegitura ya Gitarama (ubu ni mu Karere ka Nyanza), yavutse mu 1930 atabaruka muri 2010 ariko inganzo ye ntiyigeze izima kuko yagize igihe cyo kwigisha umukobwa we kuvuza inanga no kuririmba none ubu ageze ku rwego mpuzamahanga.

    Nzayisenga Sophie
    Nzayisenga Sophie

    Uwo ntawundi ni Nzayisenga Sophie, akaba afite umwihariko wo kuba yaravutse Kirusu ari hafi kugira imyaka 60.

    Kurikira amateka ya Kirusu Thomas mu kiganiro Nyiringanzo kuri KT Radio:

    source : https://ift.tt/3AL07pg