Tag: featured

  • Burera: Urubyiruko rusaga 1700 rwasoje amasomo y’indangagaciro z’Umuryango RPF Inkotanyi – #rwanda #RwOT

    Aya masomo yatangiye muri Kamena 2021 ahabwa urubyiruko rugenga 1761 ruturuka mu mirenge yose y’Akarere ka Burera na bamwe mu bayobora ku midugudu n’utugari, bigishwa amateka y’Umuryango RPF Inkotanyi, amahame n’imyitwarire biranga umuryango n’abanyamuryango, uburere mboneragihugu n’ibindi.

    Bamwe mu rubyiruko rwasoje ayo masomo, ruvuga ko impamba ruhakuye igiye kubabera umusingi wo guharanira guteza imbere aho rutuye no guharanira ko urundi rubyiruko rwigishwa rukareka ingeso mbi zikunze kugaragara muri bamwe muri bo zo kwishora mu biyobyabwenge.

    Uwiduhaye Alliance ni umwe muri bo wahize abandi muri aya masomo, avuga ko kuri ubu agiye gushishikariza urundi rubyiruko kumenya ibyiza by’Umuryango RPF Inkotanyi kuko uyu Muryango ufite indangagaciro z’Ubunyarwanda.

    Yagize ati “Twize amateka y’Umuryango RPF Inkotanyi n’indangagaciro zawo kandi nasanze zibumbatiye ubunyarwanda, ngiye kwigisha urubyiruko ndukangurire kudacika intege mu buzima no guharanira iterambere kandi abijandika mu biyobyabwenge nzabigisha kubireka no kubirwanya mu gihugu.”

    Hakizimana Adrien na we yagize ati “ Mbere ntabwo nari nzi neza Umuryango nawumenye ari uko nywugezemo, twigishijwe amasomo menshi ku buryo twabishishikariza n’abandi kuko ni umuryango udaheza kandi wita ku kiremwa muntu, ngiye kuba intangarugero muri sosiyete nigishe abandi kuba intangarugero no kugira indangagaciro nyarwanda.”

    Umuhuzabikorwa w’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, Robert Byiringiro avuga ko kuba mu Muryango bifitiye akamaro urubyiruko kubera amasomo n’indangagaciro batozwa bakiri bato.

    Umuyobozi w’Umuryango RPF Inkotanyi mu Karere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal yagarutse ku byiza uyu muryango umaze kugeraho muri aka Karere asaba urundi rubyiruko kudacikwa n’aya mahirwe rukaza kuvoma ubumenyi bakesha iterambere.

    Uru rubyiruko 1761 rwo mu Karere ka Burera ruje rwiyongera ku rundi 1802 rwo mu Karere ka Rulindo, 2200 rwo mu Karere ka Gicumbi, 1782 Gakenke na 750 bo mu Karere ka Musanze bose bamaze guca mu ishuri ry’umuryango bigishijwe amateka, amahame n’indangagaciro z’Umuryango RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru.

    Urubyiruko rwasoje amasomo rwahawe ishimwe

    Senateri Dr Habineza Faustin atanga igare ku rubyiruko rwahize urundi mu masomo

    Umuyobozi w’Umuryango RPF Inkotanyi mu Karere ka Burera Uwanyirigira M. Chantal atanga ishimwe ku bahize abandi

    Uwiduhaye Alliance wahize abandi we yashyikirijwe inka

    source : https://ift.tt/3ieesDE

  • U Rwanda rugiye kwakira Inama Mpuzamahanga y’Ivugururamibereho izashakira umuti ibibazo byugarije sosiyete – #rwanda #RwOT

    Ni inama y’iminsi ine izaba kuva tariki ya 23 kugeza ku wa 26 Ugushyingo 2021 aho abazayitabira bazahurira muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye no mu rya Gikondo mu Mujyi wa Kigali, ariko hakazakoreshwa n’uburyo bw’ikoranabuhanga kugira ngo abaziyandikisha bose bazabashe kuyikurikira byoroshye.

    Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaba ahagarariye abari gutegura iyo nama, Dr. Hahirwa Joseph, yavuze ko izahuza ibihugu bitandukanye byo ku migabane yose y’Isi.

    Ati “Ni inama izahuriramo abanyamwuga b’ivugururamibereho kugira ngo bazagaragaze ibyo bakuye mu bushakashatsi bakoze, cyane cyane bijyanye n’intego z’iterambere rirambye, SDGs.”

    Yavuze ko iyo nama izitabirwa n’abarimo abashakashatsi, abari mu mirimo yindi itandukanye, abize n’abiga ivugururamibereho n’abandi babyifuza, bakaba biyandikisha banyuze kuri website yitwa www.ubuntusocialwork.live

    Ati “Kwiyandikisha byatangiye mu kwezi kwa Gatandatu bikaba bizarangira ku itariki 15 Ukwakira 2021. Uwaba afite icyo ashaka kuzasangiza abazayitabira, kijyanye n’imirongo migari y’inama wasanga kuri urwo rubuga, yatunyuraho tukamwereka uburyo tumufasha.”

    Umuyobozi w’Umuryango Nyarwanda w’Abanyamwuga b’Ivugururamibereho (Rwanda National Organization of Social Workers/RWA-NOSW), Dr Hakizimana Emmanuel, yavuze ko muri iyo nama hazabaho umwanya wo gusangira ibitekerezo hagaragazwe n’ibyifuzo cyane cyane ku musanzu bashaka gutanga mu gukomeza kubaka sosiyete.

    Ati “Gusangira ibitekerezo kuzabaho bikozwe n’abantu ku giti cyabo ndetse n’imiryango isanzwe ikora ibijyanye n’ivugururamibereho; harimo abita ku burenganzira bw’umwana n’umuryango, ibigo byita kandi biharanira uburenganzira bw’abafite ubumuga bunyuranye, n’ibindi bigo biri muri gahunda y’iterambere cyane cyane ry’abatishoboye. Tuzerekana ishusho y’umuryango w’abavugururamibereho ku rwego rw’umurimo, twerekane aho bagombye kuba bakora na serivisi bakabaye bakoramo ndetse tunagaragaze abakora icyo bagezeho.”

    Ishami ry’Ivugururamibereho ryatangiriye muri Kaminuza y’u Rwanda mu mwaka wa 1998/99 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse na nyuma yaho hafungurwa andi mashami muri Kaminuza Gatolika y’u Rwanda ikorera mu Turere twa Huye na Gisagara, muri Kaminuza y’ikoranabuhanga n’ubugeni ya Byumba mu Karere ka Gicumbi ndetse na Kaminuza ya Mount Kenya mu ishami ryayo rikorera mu Rwanda.

    Aho hose ayo mashami y’ivugururamibereho yashyizweho hagamijwe gutegura abanyamwuga bajya muri sosiyete gufasha abantu guhindura imibereho, cyane cyane bishingiye ku mateka y’u Rwanda ya Jenoside yakorewe Abatutsi aho abantu bari bamaze gutakaza ubushobozi bwo kubaho neza.

    Dr Hakizimana ati “Navuga ko ayo mateka ari yo yabaye nk’imbarutso kuko abantu bari bafite ibikomere bikomoka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko habayeho kwangirika mu mutwe ariko nanone uko imyaka yagiye ihita Leta y’u Rwanda yagiye itekereza icyakorwa kugira ngo abantu bongere biyubake, ni ko n’iri shami ry’ivugururamibereho ryaje.”

    Kugeza ubu muri izo kaminuza zose hamaze kurangizamo abarenga 2300 bize Ivugururamibereho.

    Mu babashije kubona akazi harimo abakora mu nzego nkuru z’igihugu no mu mavuriro atandukanye ndetse no mu bigo bitari ibya Leta ariko bafite icyifuzo ko bahabwa umwanya wihariye cyane cyane mu nzego z’ibanze kugira ngo bafashe gukemura ibibazo biri muri sosiyete babihereye mu mizi kuko abari muri izo nzego bakorana n’abaturage umunsi ku munsi.

    Ati “Bafasha gukemura ibibazo by’amakimbirane mu ngo, ihohotera rikorerwa abana, noneho bagafasha no mu bijyanye n’iterambere rusange mu gutegura imishinga no kuyikurikirana ariko cyane cyane bigisha abaturage gukorera hamwe, guhuza umuryango no kwimakaza ubumuntu.”

    Ibindi avuga bafasha gukemura baramutse bahawe imyanya mu nzego z’ibanze harimo ikibazo cy’abana bakizerera mu muhanda mu gihe gahunda ya Leta ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bw’umwana ari uko umwana yarererwa mu muryango; hakwitabwa kandi no ku bibazo by’ubuzima bwo mu mutwe cyane cyane ibiterwa n’imibereho ya buri munsi itaboneye.

    Ati “Baramutse bagiye no mu nzego z’ibanze aho begereye abaturage, bajya babikurikirana mu buryo bwihuse bafatanyije n’izindi nzego zishinzwe ubuzima n’uburenganzira bwa muntu mu buryo bwagutse.”

    Mu byo bishimira harimo ko bafite abantu bakora mu miryango ishamikiye kuri Leta cyane cyane ku burenganzira bw’umwana n’umuryango, abakora mu bigo byita ku buzima rusange n’ahandi.

    Ati “Iyo mirimo yose bakora ni ishingiye mu kuvugurura imibereho y’Abanyarwanda cyane cyane kugira ngo batere imbere mu buryo burambye.

    Mu bufasha batanga bakunze kwibanda ku miryango y’abatishoboye, iy’abafite ibikomere bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, amakimbirane yo mu miryango, ndetse n’abafite ubumuga.

    Yasabye abize Ivugururamibereho bose kuza mu muryango kugira ngo bakorere hamwe, batange umusanzu mu iterambere ry’igihugu bakoresheje ubumenyi bafite.

    Inama mpuzamahanga y’ivugururamibereho yaherukaga kubera mu Rwanda mu 2018

    Ni inama isanzwe ihuza abaturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi

    Umuyobozi w’Umuryango Nyarwanda w’Abanyamwuga b’Ivugururamibereho, Dr Hakizimana Emmanuel, yavuze ko muri iyo nama hazabaho umwanya wo gusangira ibitekerezo

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3AHxlG6

  • Col Théoneste Bagosora, umuhezanguni kuva mu bwana kugeza ku munsi wa nyuma – #rwanda #RwOT

    Bagosora w’imyaka 80 yaguye muri gereza y’Umuryango w’Abibumbye muri Mali aho yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 35 kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyibasiye inyokomuntu.

    Ntabwo icyamuhitanye cyatangajwe, gusa umuryango we wabwiye BBC ko yari amaze iminsi arwariye mu bitaro byo muri Mali.

    Abamuzi akiri muto bamwise ‘Kigatura’, abamumenye akuze bamuzi nka Colonel wahanuriye Abatutsi ‘Imperuka’ mu 1993, akaba igikomerezwa mu ‘Kazu’ cyangwa “Réseau Zéro” ndetse no muri ‘‘escadrons de la mort’, agatsiko kashinzwe mu myaka ya 1990 kagamije kwica abo Leta ya Juvenal Habyarimana n’abahezanguni b’Abahutu babaga badashaka barimo abanyapolitiki n’Abatutsi, nyuma y’itangizwa ry’urugamba rwo kubohora igihugu.

    Imyaka y’ubuto bwe Col Théoneste Bagosora yayimaze mu yahoze ari Komini Giciye muri Perefegitura ya Gisenyi, gusa yatangiye kumenyekana ubwo yari mu iseminari Nto ya Nyundo.

    Isaïe Murashi, impuguke mu mateka, akaba umwanditsi w’ibitabo, yigeze kubwira IGIHE ko Bagosora mu buto bwe ku ishuri azwi nk’umwana wakinaga umupira avuna abandi ari naho hakomotse izina ‘Kigatura’ bamwitaga akiri umwana.

    Abaswayire bavuga ko umunsi mwiza uboneka mu gitondo, uzaba mubi nawo ugaragara mu museso.

    Murashi avuga ko Bagosora biganye muri seminari ya Nyundo ari umuhezanguni ndetse yanga cyane Abatutsi, ku buryo kugira uruhare mu kubarimbura mu 1994, abamuzi kera bitabatunguye.

    Murashi ati “Yaduhozaga ku nkeke avuga ko umwanya w’abatutsi ari mu mahanga. Umunsi umwe, aza kutubwira ngo kimwe na bakuru bacu bari birukanywe ari benshi icyo gihe, ngo tugenewe kuzajya kuba muri Congo. Abandi bana b’abatutsi twari kumwe baracecetse. Njye narihaze ndamusubiza nti oya uribeshya hano niho iwacu. Nti kandi turacyari abana, ariko nidukura muzatubona.”

    Bagosora yavuye ku Nyundo akomereza mu ishuri rya gisirikare, asohoka ari Sous-Lieutenant mu 1964. Ingoma ya Kayibanda Gregoire muri ibyo bihe ntiyamuhiriye kimwe na benshi mu bahutu baturukaga mu bice by’Amajyaruguru n’Iburengerazuba, icyakora iya Habyarimana yayisanzemo cyane anayibamo umutoni.

    Habyarimana amaze gufata ubutegetsi, yashinze agatsiko kiswe ‘Akazu’ kari kagizwe n’abo mu muryango we ndetse n’abandi bahezanguni b’Abahutu bo mu bice by’Amajyaruguru bafatwaga nk’inkoramutima z’ibukuru.

    Niko kafatirwagamo ibyemezo bikomeye birebana na politiki y’igihugu, ubukungu, umutekano, uwo kwikiza n’ibindi.

    Bagosora aganira n’umwe mu bari bashinzwe imfungwa mu rukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda

    Bagosora yagize ijambo rikomeye mu ‘Kazu’ dore ko yanahabwaga kuyobora ibigo bikomeye nk’icya gisirikare cya Kanombe, yasimbuyeho Colonel Mayuya wishwe mu buryo bw’urujijo.

    Niwe wicaga agakiza muri Jenoside

    Ubwo mu 1993 ubwo we n’abandi basirikare bakuru bagenzi be bashyirwaga mu kiruhuko cy’izabukuru, Bagosora yakomeje kugira uruhare mu miyoborere y’igihugu kuko yagororewe kuba Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ingabo, umwanya wasaga nk’uwa politiki.

    Uwo mwanya ni na wo yifashishije tariki ya 9 Mutarama 1993 i Arusha muri Tanzania ubwo hari hamaze gusinywa igice cy’amasezerano ya Arusha kirebana no kugabana ubutegetsi na FPR Inkotanyi, agasohoka yivumbuye avuga ko agiye gutegurira Abatutsi ‘imperuka’.

    Indege ya Habyarimana imaze kuraswa tariki 7 Mata 1994, ubutegetsi bwasigaye mu biganza bya Bagosora, mu buryo bw’urwiyerurutso buhabwa Sindikubwabo Théodore wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko.

    Inzobere mu mateka zifata Bagosora nk’ubwonko cyangwa umucurabwenge wa Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko ibyakozwe mu minsi ijana uhereye muri Mata 1994, ukuboko kwe kwari kubyihishe inyuma.

    Imbaraga za Bagosora muri Jenoside yakorewe Abatutsi zishimangirwa na Raporo ya Guverinoma y’u Rwanda igaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi [Muse Report].

    Muri Jenoside, abayobozi bose bakomeye bakirwaga na Bagosora aho kuba Sindikubwabo, abashakaga ko ibintu bikemuka bose niwe begeraga kuko byagaragariraga buri wese ko ubutegetsi busigaye mu biganza bye.

    Roméo Dallaire wari Umuyobozi w’ingabo za Loni zari zishinzwe kubungabunga amahoro mu Rwanda (MINUAR), avuga ko yagiye ku Kimihurura ku cyicaro gikuru cy’ingabo kureba Théoneste Bagosora, ubwo Jenoside yatangiraga agira ngo bafatanye na Guverinoma ya Agathe Uwilingiyimana, ibintu bisubizwe mu buryo.

    Icyo gihe Bagosora ngo yarakariye Dallaire, amwerurira ko nta bubasha na mba Uwilingiyimana afite, ngaho ibaze Umukozi muri Minisiteri y’Ingabo uhakana ububasha bwa Minisitiri w’Intebe!

    Indege ya Habyarimana ikimara kuraswa kandi, aho gukoranya inzego za politiki nka Guverinoma n’abandi, igisirikare kiyobowe na Bagosora cyahise gikoranya inama idasanzwe, cyishyiriraho Komite yo gusubiza ibintu ku murongo. Haba mu itegeko Nshinga, haba mu masezerano ya Arusha yari amaze amezi umunani asinywe, nta na hamwe havugaga ko mu gihe Perezida apfuye ububasha buhabwa igisirikare.

    Ubwo abatutsi batangiraga kwicwa hirya no hino mu gihugu, Raporo Muse ivuga ko Tito Rutaremara wari Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi yahamagaye General Augustin Ndindiliyimana wayoboraga Gendarmerie, amubaza icyo bakora ngo ubwicanyi buhagarare, undi akamubwira ko ubwo bubasha buri mu maboko ya Bagosora.

    Na Gen Maj Paul Kagame wari uyoboye ingabo za FPR Inkotanyi, yatumye Dallaire kujya kumubwirira Bagosora kugira ngo ahagarike ubwicanyi bwakorwaga n’igisirikare, cyangwa se niba abasirikare bananiwe FPR itange umusanzu.

    Raporo Muse ivuga ko Bagosora yasubije ko ‘nta bufasha akeneye’, yizeza ko ‘ikibazo ari we kireba aracyikemurira’.

    Icyo benshi batumva ni uburyo Bagosora yateguye akanahagarikira Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara urukiko mpanabyaha rukaba rwaramukatiye igifungo cy’imyaka 35, mu gihe bagenzi be yayoboye bamwe bagiye bakatirwa burundu.

    Umushakashatsi akaba n’inzobere kuri Jenoside, Jacques Morel, yabwiye JeuneAfrique ko ubushinjacyaha butabashije kugaragaza ibimenyetso simusiga byerekana ko Bagosora ari we wateguye Jenoside akanayiyobora, ahanini bitewe n’umwanya yari afite utarafataga ibyemezo mu buryo butaziguye.

    Morel ati “Bagosora yahaniwe gusa ubwicanyi bwibasiye abahoze ari abaminisitiri muri Guverinoma ndetse n’abasirikare icumi b’Ababiligi biciwe i Kigali tariki 7 Mata. Niyo mpamvu urebye igihano cye kitabaye kinini cyane.”

    Tariki ya 6 Werurwe 2019, Bagosora yasabye Urwego rwasigariyeho Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, IRMCT kurekurwa atararangiza igifungo cye.

    Muri Mata uyu mwaka umucamanza yamwimye ayo mahirwe kubera imyitwarire ye itari yakabaye myiza ndetse n’uburemere bw’ibyaha ashinjwa.

    Bagosora yatawe muri yombi tariki ya 9 Werurwe 1996 afatiwe muri Cameroon ahita yoherezwa muri ICTR ku wa 23 Mutarama 1997.

    Ku wa 18 Ukuboza 2008, ICTR yahamije Bagosora icyaha cya jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu. Yahise akatirwa igifungo cya burundu.

    Ku wa 14 Ukuboza 2011, yaje kujuririra uwo mwanzuro w’urukiko maze igihano cyo gufungwa burundu gikurwaho akatirwa gufungwa imyaka 35.

    Bagosora apfuye yarangiye kurekurwa by’agateganyo kuko urukiko rwasanze atarahinduka

    Bagosora yari igikomerezwa muri Leta ya Habyarimana, akaba yari mu ‘Kazu’ kafataga ibyemezo bikomeye haba muri politiki no mu bukungu bw’u Rwanda

    Mu rukiko Bagosora yaburanye ahakana ibyaha ashinjwa, nyamara abamuzi mbere no mu gihe cya Jenoside, bose ntawe ushidikanya ku bubasha yari afite mu gihugu n’imyitwarire ye

    source : https://ift.tt/3ojVqzg

  • Burera: ‘Intore Solution’ igiye kubafasha kunoza ibikorwa by’Umuryango FPR-Inkotanyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Intore Solution ngo izabafasha kumenya abanyamuryango bose bari mu karere
    Intore Solution ngo izabafasha kumenya abanyamuryango bose bari mu karere

    Ni mu rwego rwo kurushaho kumenya neza abanyamuryango nyabo ba FPR-Inkotanyi, nk’uko Chairperson w’uwo Muryango mu Karere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal yabitangarije Kigali Today.

    Hari mu muhango wo gusoza ku mugaragaro amasomo atangirwa muri gahunda yiswe Ishuri ry’umuryango wabaye ku Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021, ku rubyiruko 1761 ruturuka mu mirenge inyuranye yo mu Karere ka Burera, rwari rumaze amezi atatu rutozwa indangagaciro z’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, aho rwasabwe kuba umusemburo w’impinduka zikenewe mu muryango Nyarwanda.

    Uwo muyobozi yavuze ko gahunda yo kwandika abanyamuryango hifashishijwe ikoranabuhanga, bizabafasha gutanga umusanzu mu buryo buboroheye kandi binyuze mu mucyo, kubera ko bazaba bazwi kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku karere.

    Ati “Kwandika abanyamuryango mu Intore Solution, bizadufasha kumenya abanyamuryango bari muri system bijyanye n’ikoranabuhanga, ku buryo urebye muri system ya Intore solution, akaba yavuga ati abanyamuryango bo mu Karere ka Burera barangana batya, yareba mu mudugudu akabona uko bangana, no mu murenge uyu n’uyu akababona”.

    Abasoje amasomo biyemeje kujya kuba intangarugero aho batuye
    Abasoje amasomo biyemeje kujya kuba intangarugero aho batuye

    Arongera ati “Aho turimo kwerekeza n’ibindi bikorwa byose by’umuryango bigomba kugaragara mu ikoranabuhanga, ku buryo utanze umusanzu ugera aho ugomba kugera kuko biba bigaragara, turashima ko muri iki gikorwa cya Intore solution, Akarere ka Burera kaza ku isonga ku rwego rw’igihugu”.

    Uwanyirigira yavuze ku bindi bikorwa by’udushya bikomeje guca uduhigo ku rwego rw’igihugu, birimo ubukangurambaga bukomeje gukorwa mu gutanga umusanzu w’umuryango, mu mwaka umwe umusanzu wiyongeraho amafaranga akabakaba miliyoni 47.

    Ati “Ku kijyanye n’ubukangurambaga bukomeje gukorwa birazamura imitangire y’umusanzu w’umuryango, aho mu mwaka w’ingengo y’imari 2018-2019, Akarere ka Burera kari kinjije Miliyoni zisagaho gato 74, mu gihe muri 2019-2020 twasoje twinjije asaga miliyoni 121, bivuze ko umusanzu wiyongereyeho miliyoni zikabakaba 47. Dufite intego z’uko umusanzu w’umuryango uzakomeza kwiyongera kurushaho”.

    Uwiduhaye Alliance wabaye uwa mbere yashyikirijwe inka
    Uwiduhaye Alliance wabaye uwa mbere yashyikirijwe inka

    Ibyo bikorwa kugira ngo bigerweho, Intara y’Amajyaruguru yihaye umuhigo mu turere twose tuyigize wo gukoresha amahugurwa y’amezi atatu abahuriye mu rugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi muri gahunda yiswe “Ishuri ry’umuryango”, ku ikubitiro hakaba hamaze guhugurwa abasaga 8,000 mu turere dutanu tugize iyo ntara.

    Mu Karere ka Burera ahamaze guhugurwa 1761, harimo na bamwe mu bahagarariye Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu midugudu isaga 500 yo muri ako karere.

    Urwo rubyiruko rwasoje amasomo ku rwego rw’akarere nyuma yuko ruhize abandi mu mirenge, ababaye indashyikirwa mu mitsindire y’ibazwa ryateguwe n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Akarere ka Burera, rwahawe ishimwe ririmo Inka, amagare, smart phone n’ibindi.

    Senateri Habineza Faustin ashimira umwe mubahize abandi
    Senateri Habineza Faustin ashimira umwe mubahize abandi

    Uwiduhaye Alliance wahize abandi atsindiye ku manota 27.5/30, ati “Ishuri ry’umuryango riranyubatse, najyaga numva Umuryango wa FPR-Inkotanyi ariko sinsobanukirwe neza imikorere yawo, ariko naraje ndiga, nsanga kumenya uyu muryango ni iby’agaciro, abo nasize nanjye ndabigisha mbabwire ibyiza byawo”.

    Arongera ati “Twize uko wavutse, twiga intego zawo n’icyo ugamije, ibikorwa byawo binjyamo. Ndetse ni nanjye wahize abandi none bampembye inka, ningera mu rugo imodoka igaparika nkavanamo igihembo mpawe, abakigaragara mu ngeso mbi barahakura isomo bifuze kuwugana, nanjye niyemeje kubigisha bakamenya ibibi by’ibiyobyabwenge”.

    Hakizimana Adrien ati “Umuryango ntabwo nari nakawusobanukiwe neza, aya masomo noneho aramfashije, twigishijwe uko umuryango wa FPR-Inkoranyi wageze mu Rwanda, intego zawo, imigabo n’imigambi n’uburyo umuryango ubayeho, ni umuryango mwiza nashishikariza abandi kuwujyamo kuko ntawe uheza”.

    Arongera ati “Nk’ubu turatsinze baraduhembye, ibihembo tugiye kubitahana, nkanjye bampembye igare nyuma yuko banyigishije ntsinda neza ku murenge, ku karere nabwo ndatsinda. Umuntu wese urabona ibihembo baduhembye byanga byakunda aragira inyota yo kuza muri uyu muryango, turabibashishikariza kandi baraza, nitwe musemburo w’umuryango, tugiye kuba intangarugero muri sosiyete twigishe abandi indangagaciro z’Umunyarwanda.”

    Mu Ntara y’Amajyaruguru, urubyiruko rusaga 8,000 rumaze guhabwa amasomo y’icyiciro cya mbere mu ishuri ry’umuryango, aho iyo gahunda ikomereza ku bindi byiciro, mu rwego rwo gufasha urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi gusobanukirwa neza amahame n’indangagaciro z’umuryango.

    Umuhuzabikorwa w’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, Robert Byiringiro, arashishikariza urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe Leta yarushyiriyeho yo guharanira kwigira, birinda ibyabashora mu ngeso mbi zirimo ibiyobyabwenge.

    Chairperson w
    Chairperson w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera yagaragaje bimwe mu byagezweho bituma ako karere kaza ku isonga

    Byiringiro akaba akomeje guhamagarira urubyiruko kugana umuryango wa FPR-Inkotanyi ati “Icyiza cyo kuba mu muryango wa RPF, iyo ugezemo bakwigisha uburyo bwo gukunda igihugu cyawe, ukamenya uko ugomba kugikorera kandi ukacyitangira ukora n’ibikorwa bishobora kuzamura iterambere ry’umuturage”.

    Murabizi ko urugaga ry’urubyiruko rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi, ku bufatanye n’urugaga rw’abagore rushamikiye kuri uwo muryango twatangije igikorwa cyo kubakira abatishoboye, kuremera urubyiruko ingurube n’andi matungo na n’ubu kigikomeza”.

    Arongera ati “Umuryango wadutoje gukunda igihugu, kumenya ko hari bakuru bacu bacyitangiye bakimenera amaraso, natwe urubyiruko byadufashije gukunda igihugu dore ko uwo muryango ariwo mubyeyi wadutoje ko tugomba guharanira kubaka igihugu, udufungura mu mitekerereze tumenya ko ari twe mbaraga z’igihugu cy’ejo hazaza. Kuba mu muryango wa FPR-Inkotanyi nta gihombo kirimo, ni ibisubizo gusa, nkanjye uwo muryango wantoje kugira indangagaciro zo gukunda igihugu ariko no kurangwa n’imyitwarire myiza no kubana neza n’abandi, Umuryango wa FPR-Inkotanyi kuri njye ni ubuzima”.

    Chairperson Uwangirigira kandi yagarutse ku byiza uyu muryango umuze kugeraho mu Karere ka Burera, birimo kubakira abatishoboye aho mu mwaka umwe bubatse inzu 18 zifite ibikoni n’ubwiherero, asaba urundi rubyiruko kudacikwa n’aya mahirwe rukaza kuvoma ubumenyi mu cyiciro kigiye gutangira cy’Ishuri ry’umuryango.

    Ati “Tugomba kubaka iri rerero rikagera ku rwego rw’umudugudu, icya mbere tubasaba ni ukwera imbuto bijyanye n’indangagaciro no kuba umusemburo w’iterambere mu baturage, urubyiruko rwose ni muze muvome ku isoko ry’ubumenyi dukesha iri terambere tugenda tugeraho”.

    Mu bayobozi bose bitabiriye icyo gikorwa, yaba Guverineri Nyirarugero Dancille, Umunyamuryango w’icyubahiro wa FPR-Inkotanyi, yaba Senateri Dr Habineza Faustin na Nirere Marie Goreth, Chairperson w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, bose mu mpanuro zabo bagarutse ku basoje amasomo aho basabwe kwera imbuto mu Banyarwanda, berekana ishusho nyayo y’umuryango n’ingangagaciro zawo.

    Bafashe ifoto y
    Bafashe ifoto y’urwibutso

    Muri uwo muhango urubyiruko rugizwe n’abasore n’inkumi 17, bakoze amasezerano abinjiza mu muryango wa FPR-Inkotanyi.


    source : https://ift.tt/2Wka2TY

  • Martin Masabo wayoboraga Lycée de Kigali yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Masabo Martin
    Masabo Martin

    Amakuru Kigali Today yamenye ni uko Masabo yari amaze icyumweru arwaye Covid-19 akaba yapfiriye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal aho yari amaze iminsi ibiri.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, Damascene Munyentwari, Masabo yari abereye se wabo, avuga ko mbere y’uko Masabo agerwaho n’uburwayi, yari akiri mu mirimo ye nk’ibisanzwe.

    Ati “Yazize Covid-19 rwose, apfuye mu kanya muri Faisal, hashize icyumweru arwaye, kwa muganga yagiyeyo ejobundi, mbere y’uko arwara yari akiri mu kazi nta kibazo nk’ibisanzwe”.

    Martin Masabo yayoboye ishuri rya Lycée de Kigali guhera mu mwaka wa 1995 kugeza ubu akaba yari akibabereye umuyobozi.

    Yashakanye na Depite Odette Uwamariya akaba apfuye asize abana batatu barimo umuhungu umwe n’abakobwa babiri.

    source : https://ift.tt/2XQiyKS

  • Abanyeshuri n’abakozi ba za Kaminuza basabwe kwikingiza Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kaminuza y’u Rwanda(UR) na Kaminuza ya Mount Kenya, ishami rya Kigali ni zimwe muri Kaminuza zasabye abanyeshuri ndetse n’abakozi bazo kwikingiza Covid-19, kugira ngo bazemererwe kongera kuzigarukamo. Iryo ngo rikaba ari ibwiriza rishobora kuzahabwa Kaminuza zose ndetse n’amashuri makuru.

    Mu itangazo ryasohowe na Kaminuza y’u Rwanda tariki 24 Nzeri 2021, rigira riti “Turamenyesha abakozi bose n’abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda, ishami ryayo riherereye i Remera, ko guhera ku wa Mbere tariki 27 Nzeri 2021, abanyeshuri n’abakozi bakingiwe nibura urukingo rwa mbere kugeza ubu, ari bo bazemererwa kwinjira muri Kaminuza babanje kwerekana icyemezo ko bakingiwe. Ibiro bishinzwe umutekano byamenyeshejwe kugira ngo bikurikirane ishyirwa mu bikorwa ry’ayo mabwiriza”.

    Ni Itangazo ryashyizweho umukono na Prof. Jeanne Kagwiza, Umuyobozi muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami ryigisha ibijyanye n’ubuvuzi (Medicine and Health Sciences). Itangazo nk’iryo kandi ryanasohowe n’andi mashami yose ya Kaminuza y’u Rwanda aherereye muri Kigali.

    Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’abanyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, risaba abanyeshuri bose kwikingiza vuba bishoboka, aho ubwo buyobozi bwatanze n’ifishi umuntu agomba kuzuza kugira ngo akingirwe. Bwongeraho ko uhereye itariki 5 Ukwakira 2021, nta munyeshuri utarakingiwe uzaba yemerewe kwinjira mu mashami ya Kaminuza y’u Rwanda.

    Ubuyobozi bw’Ishami rya Kaminuza ya Mount Kenya mu Rwanda, bwo bwafashe ingamba zikomeye kurushaho, kuko bwatangaje ko hari ibikorwa by’ikingira rya Covid-19, birimo kubera muri iyo Kaminuza, bityo ko abanyeshuri n’abakozi bayo baza bakikingiza. Bwongeraho ko uhereye kuri uyu wa Mbere tariki 27 Nzeri 2021, abatarikingiza Covid-19, batazemererwa kwiyandikisha.

    Iryo tangazo ryasohowe n’ubuyobozi bwa Kaminuza ya Mount Kenya mu Rwanda rigira riti “Abanyeshuri basabwa kwikingiza inkingo zose za COVID-19 mbere yo kugaruka muri Kaminuza. Ni ukuvuga umuntu yarabonye urukingo rwa mbere n’urwa kabiri. Abanyeshuri batarakingirwa inkingo za Covid-19 zombi nk’uko biteganywa na Minisiteri y’Ubuzima, bagomba kwikingiza vuba bishoboka, kugira ngo birinde ibihano biteganyirijwe abanze kubahiriza ayo mabwiriza.”

    Rikomeza rigira riti “Ku bw’ibyo, abanyeshuri bose batarakingirwa cyangwa bategereje urukingo rwa kabiri, basabwe kuza muri Kaminuza bagakingirwa.” Ni itangazo ryashyizweho umukono na Dr. John Nyiligira, Umuyobozi wungirije ushinzwe ibijyanye n’ubutegetsi, igenamigambi n’iterambere muri iyo Kaminuza.

    Kugeza ubu, u Rwanda rumaze gutanga inkingo za Covid-19 ku bantu basaga Miliyoni ebyiri, harimo abasaga Miliyoni imwe n’igice bamaze guhabwa inkingo zose. Abo bakingiwe barimo abarengeje imyaka 18, harimo n’abanyeshuri ba Kaminuza.

    Nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima, abasaga 18% by’abaturage bagera kuri 7.8 (ni ukuvuga 60% by’abaturage b’u Rwanda), bamaze gukingirwa Covid-19. Abo bakaba bangana na 10.8% by’abaturage b’u Rwanda muri rusange bagera kuri miliyoni 13.

    Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda iteganya kubona izindi nkingo, ibyo bikazayifasha gukingira 30% by’abaturage yari yiyemeje gukingira mbere y’uko uyu mwaka wa 2021 urangira.

    U Rwanda ruherutse kubona inkingo za Covid-19 zigera kuri 3,658,310 binyuze mu nzira zitandukanye, harimo izatanzwe na COVAX , ‘African Vaccine Acquisition Trust (AVAT)’, n’izo Guverinoma y’u Rwanda yaguze ku bufatanye na Banki y’Isi.

    Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda, itangaza ko imbaraga Guverinoma y’u Rwanda yashyize mu bikorwa byo gukingira, zatumye imibare y’abandura Covid-19, iva ku 10% muri Nyakanga na Kanama 2021, ubu muri uku kwezi kwa Nzeri 2021 ngo ikaba igeze kuri 3%. Uko kugabanuka kw’imibare y’abandura Covid-19, na byo byatumye ibikorwa bitandukanye byongera gufungurwa, ariko n’ingamba zo kwirinda zigakomeza.

    source : https://ift.tt/3ERCa2h

  • Bafatanywe inka 6: Barakekwaho kuziba bakazihisha mu nzu nyuma bakazazibaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abafashwe ni Turatsinze w’imyaka 28, Maniraguha Celestin w’imyaka 21, Turikumwenimana w’imyaka 21, Uwizeyimana Francine w’imyaka 24, Uwabareka Charles w’imyaka 34, Mugarukira Samuel w’imyaka 42 na Uwimana Felicien w’imyaka 38. Bafatiwe mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Gacaca, mu tugari twa Gakoro na Rwasa mu midugudu ya Nkomero na Sarasi.

    Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi mu Karere ka Musanze, Chief Inspector of Police (CIP) Speciose Kayitesi yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’umwe mu baturage wari wibwe inka ye.

    Yagize ati “Mu cyumweru gishize umuturage amaze kutubwira ko yibwe inka ye hahise haboneka n’abandi bafite icyo kibazo ndetse banatanga amazina y’abo bacyekaho ubwo bujura. Kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru twakoze igikorwa cyo gushaka abo bantu bacyeka, twagiye gusaka mu ngo zabo. Mu rugo rwa Uwizeyimana twahasanze inka imwe avuga ko yayirangijwe na Maniraguha Celestin akajya amuhemba amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10, kwa Turatsinze hafatiwe inka 1, kwa Turikumwenimana naho hafatiwe inka 2, kwa Uwabareka hafatiwe inka imwe ndetse no kwa Maniraguha hari indi nka imwe.”

    CIP Kayitesi avuga ko bariya bantu iyo bamaze kwiba inka ntibazishyira mu biraro ahubwo bazishyira mu byumba by’amazu hanyuma bakazigaburira ziba muri ibyo byumba igihe cyazagera bakazibaga. Izi nka zimaze gufatwa abaturage bahise bavuga ko ubu bujura bumaze igihe kinini ndetse ko bagiye babura inka nyinshi muri uyu murenge wa Gacaca. CIP Kayitesi yaboneho gukangurira abaturage kujya bihutira gutanga amakuru kandi bagakaza uburyo bwo kwicungira umutekano.

    Yagize ati “Abaturage baracyeka abantu bagendagenda mu ngo bashaka inka zo kugura bazwi ku izina ry’abasherisheri. Aba nibo bacyekwaho kugenda bagambanira inka z’abaturage zikibwa, Mugarukiye Samuel , Uwabareka Charles na Uwimana Felicine barashinjwa n’abaturage kuba bakorana n’abo basherisheri.
    Turagira inama abaturage kujya bihutira gutanga amakuru hakiri kare ndetse banakaze amarondo yo kwicungira umutekano kuko ziriya nka zibwa nijoro.”

    Umuyobozi wa Polisi w’agateganyo mu Karere ka Musanze yaburiye abantu bose bitwikira ijoro bakajya kwiba inka z’abaturage cyangwa n’abandi bose bagenda bigira abakomisiyoneri b’inka.

    Ati “Bariya bose bafatanwe inka kandi bariyemerera ko atari izabo, ndetse uriya witwa Uwizeyimana harimo uwo yari aragiriye inka ndetse nawe arabashinja ubwo bujura. Kugeza ubu ubwo amakuru yamenyekanye buriya bujura buraza gucika, abacyekwaho kuziba baraza gufatwa babibazwe mu mategeko. Icyo dusaba abaturage ni ugatangira amakuru ku gihe gusa kandi turashimira abatanze amakuru kugeza ubu.”

    Bariya bafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kugira ngo hakorwe iperereza. Inka Ebyiri muri 6 zafashwe zahise zisubizwa bene zo mu gihe 4 zisigaye hagishakishwa bene zo.

    Itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Ingingo ya 167 y’iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3ocpZak

  • Bamwe mu bana baterwa inda bahangayikishijwe n’imibereho y’abo babyara #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abangavu batewe inda bavuga ko kutitabwaho n
    Abangavu batewe inda bavuga ko kutitabwaho n’ababyeyi babo biri mu bituma ababasambanya babona icyuho

    Umwana uhagarariye abandi bangavu batewe inda bakabyara mu Murenge wa Kabarore, Akarere ka Gatsibo twahaye izina rya Mukabarisa Valentine, avuga ko bimwe mu bibazo bafite ari ibijyanye no kuvuza abana babo.

    Yongeraho ko bamwe bakimara kubyara batereranwe n’imiryango yabo, ku buryo bagihura n’ingaruka zo gutwita imburagihe.

    Avuga ko abataratereranwe n’ababyeyi babo cyangwa ababateye inda bafite ikibazo ku kuvuza abana babo, kuko benshi baba nta ndangamuntu baratunga ku buryo bifatira ikiciro cyabo.

    Ati “Hari ubwo ugira amahirwe iwanyu bakagushyira ku kiciro cyangwa umubyeyi w’umwana akemera kugushyira ku kiciro. Ariko ingorane hari ubwo bose baba bafite ikiciro cya gatatu kandi icyo kiciro nta mahirwe akunda kubaho yo kubona ubufasha.”

    Akomeza agira ati “Umwana bakamushyira ku kiciro ariko bakaba batagufasha kumurera. Igihe cyo gutanga mituweri cyagera bitewe n’uko wowe nta bushobozi ufite, bakanga kuyitanga bagategereza igihe uzabahera amafaranga y’uruhare rwawe n’urw’umwana. Urumva umwana arwaye ni ibibazo kuko bo bashobora kurwara bakagura imiti muri farumasi.”

    Mukabarisa yifuza ko bishoboka umwana wabyariwe iwabo hajya harebwa uko yahabwa ikiciro cye kijyanye n’ubushobozi bwe aho kwitirirwa icy’abandi adafitiye ubushobozi.

    Ikindi yifuza ni uko bajya bafashwa ku burezi bw’abana babo kuko na byo bibagora cyane ko kubera ubushobozi.

    Agira ati “Urumva niba mbarizwa mu kiciro cya gatatu kandi nta bushobozi, ntabasha kuvuza uwo nabyaye no kwiga ni ikibazo kuko nabwo ubwo bushobozi simba mbufite.”

    Uretse kuba hari ababyeyi basa n’aho bahima abana babo nyuma yo gusambanywa bagatwita, ngo hari n’ababaha akato bakanabirukana mu muryango.

    Umwana wo mu Karere ka Nyagatare twahaye izina Businge Joy, avuga ko benshi mu bana batewe inda bagiye birukanywa n’ababyeyi babo bakajya kubaho bikodeshereza.

    Ati “Hari aho umwana amara gutwita ababyeyi bakamuha akato, ubundi bakamwirukana akajya kwibeshaho muri geto (Ghetto). Hari n’ubwo uguma mu rugo ariko ukabaho utotezwa, bakakubwira nabi bagucyurira ukabaho mu buzima uhangayitse birutwa no kuba wabahunga ariko nyine ukabura iyo ujya.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kantengwa Mary, avuga ko ikibazo atari uguha umwana ikiciro ahubwo ababyeyi bakwiye kumva ko bagifite inshingano zo kurera abana babo kabone n’ubwo babyaye imburagihe.

    Ati “Umubyeyi afite inshingano zo kukurera kugeza igihe cyo kwirera ubwawe, waba wabyaye waba utabyaye. Kwisabira ikiciro ntabwo ari cyo gisubizo ahubwo icyo tuzakora ni ugufatanya kuganira n’umubyeyi kumva ko afite inshingano zo gukomeza kugufasha.”

    Kantengwa avuga ko ariko ku bagejeje imyaka 18 y’amavuko kuzamura bitabujijwe ko yahabwa ikiciro cye cyihariye, kuko babifitiye uburenganzira.

    Avuga ko ikibazo cy’abana basambanywa kireba buri wese ariko by’umwihariko umwana ubwe agaragaza uwamuhohoteye kuko bigaragara ko hari ababahishira.

    Yongeraho ko kuva mu kwezi kwa Gicurasi kugera uyu munsi hatangiye ubukangurambaga bugamije gushakisha abagabo basambanya abana, mu Karere ka Gatsibo hamaze gufatwa abarenga 100 kandi ubukangurambaga bwo kubahiga bukaba bugikomeza.

    Hashize imyaka ibiri umuryango utari uwa Leta ugamije gufasha abagore n’abana b’abakobwa mu mibereho myiza yabo bakorerwa ubuvugizi Empower Rwanda ushinzwe.

    Uwo muryango na wo ukaba umaze amezi atatu utangije umushinga “Ijwi rye, uburenganzira bwe” (Her Voice, Her Right), ugamije gufasha abana b’abangavu basambanyijwe bagaterwa inda mu turere twa Gatsibo na Nyagatare, ahagaragara abana benshi basambanywa.

    Umuyobozi w’uwo muryango ku rwego rw’Igihugu, Olivia Promise Kabatesi, avuga ko mu rwego rwo kurandura burundu ikibazo cy’abana basambanywa, babanje gukora ubushakashatsi bw’ibanze hagamijwe gushaka amakuru ku gituma abana b’abakobwa baterwa inda n’ingaruka bibagiraho, imiryango yabo n’igihugu muri rusange.

    Ibi ngo bizafasha mu gukurikirana icyo kibazo no kugikemura. By’umwihariko Empower Rwanda ngo izafasha abagore n’abakobwa kumenya uburenganzira bwabo no gusobanukirwa amategeko, ariko n’ubuyobozi bumenye impamvu zihari zituma abana bakomeje guhohoterwa bafatanyirize hamwe kugikemura.

    Avuga ko abana babyaye bazafashwa gusubizwa mu mashuri bashakirwa ibikoresho, na ho abafite imbogamizi zo kubura aho basiga abana babo ngo basubire ku ishuri bafashwe kwiga imyuga.

    Agira ati “Nk’uko nabivuze dufite Master card Foundation, mu nkunga yabo tuzafata bano bana bajye mu myuga abasoje tubahe ibikoresho by’ibanze babone aho bahera bazabashe kwitunga n’abana babo.”

    Na ho ku bijyanye n’imyigire y’abana babo, tuzafatanya na ECD ku buryo hazajya haboneka amarerero kugira abana babo bagire uburenganzira bwo kwiga.

    Umushinga Her Voice, Her Right, ubu wamaze kubumbira hamwe abangavu babyaye 300 bahagarariye abandi mu turere twa Gatsibo na Nyagatare mu mirenge ine, ibiri muri buri karere.

    Kabatesi Olivia avuga ko bazafasha abana batewe inda kwiga imyuga bakanahabwa ibikoresho by
    Kabatesi Olivia avuga ko bazafasha abana batewe inda kwiga imyuga bakanahabwa ibikoresho by’ibanze

    Ubushakashatsi bw’ibanze bwakozwe na Empower Rwanda, ku bana babyaye imburagihe mu turere twa Gatsibo na Nyagatare, umwaka wa 2019-2020, bugakorerwa ku bana 420, bwagaragaje ko imibare yiyongereye mu Ntara y’Iburasirazuba no mu Mujyi wa Kigali ku kigero kiri hagati ya 7% kugera ku 10%, uhereye ku bushakashatsi bwari bwarakozwe mu mwaka wa 2014-2015.

    Ni mu gihe kandi ubu bushakashatsi bugaragaza ko abana bo mu mijyi cyangwa santere z’ubucuruzi ari bo benshi baterwa inda kurusha abo mu cyaro.
    Umwaka wa 2019-2020, warangiye abana 2,783 batewe inda mu Karere ka Gatsibo mu gihe mu Karere ka Nyagatare bari 2,812.

    Zimwe mu mpamvu zituma abana baterwa inda harimo gufatwa ku ngufu ku kigero cya 68.7%, ikigare, kutaganirizwa n’ababyeyi ku myororokere y’ubuzima bwabo, gushukishwa ibintu, ubukene, urukundo, inzoga n’ibiyobyabwenge no guhatirwa gushaka bakiri bato.


    source : https://ift.tt/3kQsHAl

  • Barakekwaho kwiba inka bakazihisha mu nzu nyuma bakazazibaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abafashwe ni Turatsinze w’imyaka 28, Maniraguha Celestin w’imyaka 21, Turikumwenimana w’imyaka 21, Uwizeyimana Francine w’imyaka 24, Uwabareka Charles w’imyaka 34, Mugarukira Samuel w’imyaka 42 na Uwimana Felicien w’imyaka 38. Bafatiwe mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Gacaca, mu tugari twa Gakoro na Rwasa mu midugudu ya Nkomero na Sarasi.

    Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi mu Karere ka Musanze, Chief Inspector of Police (CIP) Speciose Kayitesi yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’umwe mu baturage wari wibwe inka ye.

    Yagize ati “Mu cyumweru gishize umuturage amaze kutubwira ko yibwe inka ye hahise haboneka n’abandi bafite icyo kibazo ndetse banatanga amazina y’abo bacyekaho ubwo bujura. Kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru twakoze igikorwa cyo gushaka abo bantu bacyeka, twagiye gusaka mu ngo zabo. Mu rugo rwa Uwizeyimana twahasanze inka imwe avuga ko yayirangijwe na Maniraguha Celestin akajya amuhemba amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10, kwa Turatsinze hafatiwe inka 1, kwa Turikumwenimana naho hafatiwe inka 2, kwa Uwabareka hafatiwe inka imwe ndetse no kwa Maniraguha hari indi nka imwe.”

    CIP Kayitesi avuga ko bariya bantu iyo bamaze kwiba inka ntibazishyira mu biraro ahubwo bazishyira mu byumba by’amazu hanyuma bakazigaburira ziba muri ibyo byumba igihe cyazagera bakazibaga. Izi nka zimaze gufatwa abaturage bahise bavuga ko ubu bujura bumaze igihe kinini ndetse ko bagiye babura inka nyinshi muri uyu murenge wa Gacaca. CIP Kayitesi yaboneho gukangurira abaturage kujya bihutira gutanga amakuru kandi bagakaza uburyo bwo kwicungira umutekano.

    Yagize ati “Abaturage baracyeka abantu bagendagenda mu ngo bashaka inka zo kugura bazwi ku izina ry’abasherisheri. Aba nibo bacyekwaho kugenda bagambanira inka z’abaturage zikibwa, Mugarukiye Samuel , Uwabareka Charles na Uwimana Felicine barashinjwa n’abaturage kuba bakorana n’abo basherisheri.
    Turagira inama abaturage kujya bihutira gutanga amakuru hakiri kare ndetse banakaze amarondo yo kwicungira umutekano kuko ziriya nka zibwa nijoro.”

    Umuyobozi wa Polisi w’agateganyo mu Karere ka Musanze yaburiye abantu bose bitwikira ijoro bakajya kwiba inka z’abaturage cyangwa n’abandi bose bagenda bigira abakomisiyoneri b’inka.

    Ati “Bariya bose bafatanwe inka kandi bariyemerera ko atari izabo, ndetse uriya witwa Uwizeyimana harimo uwo yari aragiriye inka ndetse nawe arabashinja ubwo bujura. Kugeza ubu ubwo amakuru yamenyekanye buriya bujura buraza gucika, abacyekwaho kuziba baraza gufatwa babibazwe mu mategeko. Icyo dusaba abaturage ni ugatangira amakuru ku gihe gusa kandi turashimira abatanze amakuru kugeza ubu.”

    Bariya bafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kugira ngo hakorwe iperereza. Inka Ebyiri muri 6 zafashwe zahise zisubizwa bene zo mu gihe 4 zisigaye hagishakishwa bene zo.

    Itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Ingingo ya 167 y’iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3i67pNd

  • Umuyobozi utazi aho ayobora, umuturage yamwumvira ate? – Minisitiri Gatabazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Gatabazi avuga ko hari abayobozi usanga na bo ubwabo batazi aho bayobora
    Minisitiri Gatabazi avuga ko hari abayobozi usanga na bo ubwabo batazi aho bayobora

    Minisitiri Gatabazi avuga ko ubwe abantu b’inshuti ze za mbere ari abaturage yafashije abagezeho amaso ku maso bakamugezaho ibibazo bafite n’uko bifuza ko byakemuka, n’uruhare rwabo batanga ngo bikemuke kandi byamugiriye akamaro n’abo yasuraga akiri mu nzego z’ibanze.

    Minisitiri Gatabazi avuga ko abayobozi bicaye mu biro gusa ntaho baba bahuriye n’abaturage, akabasaba gufata umwanya bakava mu biro basize imodoka zabo, bakajya kuganira n’abaturage n’amaguru.

    Avuga ko mu gihe umuyobozi yasuye umuturage akamubaza aho ashobora kwiherera akahabura, umuturage asigara yibaza uko yabigenza ngo bitazongera kumubaho umuyobozi agarutse kumusura.

    Agira ati “Utwo tuyira abaturage banyuramo two mu myumbati hirya iyo mukwiye namwe kutumenya mugahura mukabasura, mukabaramutsa mukababaza amakuru yabo, n’uwihishe kubera ibyo atatunganyije iyo amenye ko waje, atangira kubitunganga kugira ngo ejo nugaruka atazongera kuguhunga”.

    Atanga urugero rw’abasirikare iyo bacunga umutekano ukuntu bigabanya utuyira twose kugira ngo bazibe icyuho cyose cy’aho umwanzi ashobora gukeka ko batagera, akahakoresha agira ngo ahungabanye umutekano, bisobanuye ko umuyobozi utazi aho abaturage batuye aba atanze icyuho mu miyoborere mibi.

    Agira ati “Hari nk’ahantu mujyana na gitifu w’umurenge akagenda ayoboza akagari n’umudugudu mugiyemo, kandi ari we uyobora uwo murenge ubwo ngo arakuyoboye. Ubwo koko uwo muyobozi murumva yaba akora inshingano koko, umuyobozi utazi aho ayobora umuturage yamwumvira ate?”

    Avuga ko n’abayobozi mu mijyi bakwiye kujya bagira umwanya wo gutambuka mu maduka n’ahatangirwa serivisi bagasuhuza abikorera bakamenya ibibazo bafite bituma hari gahunda za Leta zitubahirizwa basabwa kugiramo uruhare, icyo gihe ngo byarushaho kumvikana kuruta kubatumira mu nama ngo bazaze babiganireho.

    Agira ati “Mayor nagire umwanya wo gusiga imodoka, ntabwo kuba ufite imodoka uramutse uyisize utakora akazi neza. Ugerageze uyisige nibura unyure mu bacuruzi ubaramutse ubabaze ibibabangamiye na bo bakubwire mukorane mu kubishakira ibisubizo”.

    Na ho ku bakorera mu cyaro avuga ko bitumvikana ukuntu Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge amara imyaka itanu yose atarasura nibura buri rugo rw’umuturage.

    Aha ufashe nibura umurenge w’ingo ibihumbi 30 bigaragara ko gitifu w’umurenge yagira impuzandengo z’imiryango 16 ku munsi, yayisura mu minsi 1825 igize imyaka itanu, gusa Gatabazi avuga ko n’iyo wafata umunsi umwe ugasura imiryango 10, n’indi iri hafi yayo ibona ko umuyobozi wabo abitayeho.

    Agira ati “N’iyo wagenda n’amaguru ukegera ku bantu 10 ukabasuhuza ukitahira ukamenya amakuru yabo buryoabiba bitanze umusaruro kurusha kugenda n’imodoka bakubona mu modoka gusa nta kundi baba bakuzi, kandi bakeneye ko muganira mukabumva nibwo na bo bazabumva”.

    Abayobozi b
    Abayobozi b’imirenge basabwa gusura abaturage n’amaguru nibura bakagera kuri buri rugo

    Abaturage na bo basabwa kumvira abayobozi

    Minisitiri Gataba agaya abayobozi bakunze kujya bagaragara mu minsi ishize bashyamiranye n’abaturage kubera kutumvikana ku tuntu tumwe na tumwe, ariko anasaba abaturage kugerageza kumvira ubuyobzi bakubahiriza gahunda zose za Leta bakubahiriza ibyo basabwa na bo bakaboneraho basaba ibyo bifuza.

    Agira ati “Umuyobozi akwiye kumva umuturage buri gihe kuko ni bo dukorera ni bo dukesha akazi dukora, ariko n’abaturage bakwiye kubaha abayobozi bagatanga ayo mafaranga ya mituweli bidasabye ko babirukaho kuko ubuzima bavuza ni ubwabo, bakajya ku muganda, bakizigamira muri Ejo heza kugira ngo ejo umusaza atazasabiriza kandi yarihaye. Ibyo abaturage bose na bo bagomba kubyumva”.

    Avuga kandi ko ahanini icyorezo cya Covid-19 ari cyo cyazanye icyuho cyo guhura kw’abayobozi n’abaturage bituma ubusabane hagati yabo buba buke kugeza n’aho hari igihe batari bacyumvikana.

    Minisitiri Gatabazi avuga ko kugira ngo igihugu gitere imbere bihera ku iterambere ry’umuturage kandi akaba atarigeraho igihe ahanganye n’umuyobozi, mu gihe abo bombi bakwiye kuba buzuzanya.


    source : https://ift.tt/3EYER26