Tag: featured

  • Barasaba ko ururimi rw’amarenga rwaba isomo nk’andi yose #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Barasaba ko ururimi rw
    Barasaba ko ururimi rw’amarenga rwaba isomo nk’andi yose

    Ibyo ngo byazakemura ikibazo abafite ubwo bumuga bakunze guhura nacyo, cyo kubura ababasemurira mu gihe bageze mu rwego runaka bahakeneye serivisi, kuko bigorana kumvikana n’abagomba kubafasha.

    Ariko ururimi rw’amarenga ruramutse rwemejwe rukigishwa, nk’uko izindi ndimi zigishwa byazatuma habaho umubare munini w’abazi neza gukoresha amarenga, ku buryo ikibazo cyo gushakira abasemuzi abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga cyazaba kibaye amateka.

    Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri y’abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu Karere ka Huye, Frere Jean Bosco Ntamagiro, avuga ko imbogamizi zikomeye abafite ubwo bumuga bakunze guhura nazo, ziganjemo ikibazo cyo kubura abasemuzi, kuko hari n’igihe bahohoterwa ariko bakabura uko bafashwa.

    Ati “Dukunze kuganira n’abayobozi mu nzego z’ibanze, tukabasaba yuko bagerageza kwegera abo bana aho bari, na bo bakatubwira ko ikibazo bafite ari uko rurimi rw’amarenga bataruzi, ko bibagora kuganira nabo. Jyewe rero nkaba nsaba rwose yuko kwiga ururimi rw’amarenga byagombye kuba rumwe mu masomo atangwa mu mashuri y’ibanze ndetse n’ayisumbuye, kugira ngo buri wese amenye gukoresha ururimi rw’amarenga, abo bana bafashwe muri sosiyete”.

    Si Frere Ntamagiro wenyine wumva ko ururimi rw’amarenga rwajya rwigwa mu mashuri, kuko abihurizaho na Angelique Martine Mukandayisaba, umwarimu wigisha amasomo ya Siyansi mu Rwunge rw’amashuri rwa Institut Filipo Smaldone, na we uvuga ko ururimi rw’amarenga ruramutse rumenywe n’umubare munini w’abantu, hari icyo byafasha ba nyirarwo.

    Ati “Ntabwo naba narize icyongereza ngo nimpura n’umuzungu nanirwe kumwisobanuraho, n’urwo rurimi rero barwigishije mu mashuri umwana cyangwa n’undi muntu wese akarwiga, ntabwo yazabura ikintu avugana n’ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, byibuze muri buri gice cy’ubuzima bakajya babona umuntu ubufasha. Nko munsengero hakaba hari umuntu ubasobanurira, kwa muganga bakajya babona umuntu uzabasobanurira mu gihe aje kwivuza, niba muri Polisi aje gutanga ikirego akabona umuntu umufasha no mu nzego z’ibanze hakaba hari uwo muntu witeguye kuba yamufasha”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCDP), Emmanuel Ndayisaba, avuga ko igihe havugururwaga itegeko nshinga, byaganiriweho cyane, basaba ko ururimi rw’amarenga rwahindurwa rukagirwa ururimi rwemewe nk’izindi zikoreshwa mu Rwanda, bumvikana ko bagomba kubanza bakarutegura neza biberanye n’umuco w’igihugu.

    Ati “Icyo ni cyo twumvikanye, ahubwo bashyiramo ingingo iteganya yuko igihe tuzaba twabirangije rushobora kuzemerwa, icyo ni cyo twahise dutangira gutegura ku buryo ubu turimo turakora inkoranyamagambo y’ururimi rw’amarenga. Turateganya yuko byibuze muri uku Kwakira bashobora kuba barangije, tugategura ibitabo hanyuma tugategura n’uburyo bwo kurwigisha, kurukwirakwiza hirya no hino”.

    Ururimi rw
    Ururimi rw’amarenga rwigishijwe hose byafasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kubona serivisi bitabagoye

    Ati “Ariko tukanasaba Minisiteri y’Uburezi kuko na yo twarabivuganye, guhita irushyira mu masomo yigishwa, bivuze ngo mu gihe gito tuzaba tumaze kurubona, noneho ibyo bindi bikurikireho. Aho ni ho tuzavuga ngo tugiye gukemura ikibazo burundu nitwigisha ururimi rw’amarenga mu mashuri”.

    Icyumweru cya nyuma cya Nzeri buri mwaka cyahariwe kwita ku bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva, uyu mwaka insanganyamatsiko ikaba igira iti “Twizihize iterambere ry’imiryango y’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga”. Mu Rwanda habarirwa abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga basaga ibihumbi 70.


    source : https://ift.tt/39Da78c

  • Nyagatare: Aborozi barifuza Nkunganire ku bwatsi no ku mashini zibutunganya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hatewe ubwatsi bwa Chloris Gayana ku buso bwa hegitari eshanu igikorwa kikazakomeza
    Hatewe ubwatsi bwa Chloris Gayana ku buso bwa hegitari eshanu igikorwa kikazakomeza

    Babisabye mu cyumweru gishize, ubwo hatangizwaga igihembwe cy’ihinga ry’ubwatsi bw’amatungo 2022 A, cyatangirijwe muri Rwangingo mu Murenge wa Katabagemu.

    Ni igikorwa cyatangirijwe mu rwuri rw’umworozi, Sam Nkusi wateye ubwatsi bwa Chloris Gayana ku buso bwa hegitari eshanu.

    Imbuto y’ubwo bwatsi ikiro kimwe kigura Amafaranga y’u Rwanda 12,400, ibintu aborozi bavuga ko imbuto ihenze.

    Umuyobozi w’aborozi b’inka mu Murenge wa Katabagemu, Rusagara Damien, avuga ko kugira ngo ubwatsi buterwe ku bwinshi hakenewe Nkunganire ya Leta ariko n’ubukangurambaga bukarushaho gukorwa.

    Ati “Buriya bwatsi bw’amatungo burahenze, hakenewe ikintu cya Nkunganire kugira ngo abaturage barusheho kubona imbuto yabwo, ariko noneho hakiyongeraho n’ikintu cyo kugira ngo abaturage bitabire ku bwinshi kubuhinga”.

    Sam Nkusi avuga ko Leta ibunganiye aborozi bifite bakwihuza bakigurira imashini isarura ubwatsi
    Sam Nkusi avuga ko Leta ibunganiye aborozi bifite bakwihuza bakigurira imashini isarura ubwatsi

    Ikindi bifuzaho Nkunganire ni ububiko bw’ubwatsi kuko ngo atari buri mworozi wabwigondera kuko akenshi agace karimo aborozi nta giti cy’inturusu wahabona uretse imiyenze kandi ikaba isaza vuba.

    Umuyobozi wa RAB Sitasiyo ya Nyagatare Kagwa Evalde, avuga ko Nkunganire mu bworozi irimo nyinshi ahubwo aborozi ubwabo baba batabizi.

    Atanga ingero ku miti yifashishwa mu gukingira amatungo aho hari urukingo rutangirwa amafaranga 500 nyamara rugera mu gihugu ruhagaze 3,000.

    Avuga ko no ku bwatasi iriho kuko nka Chloris Gayana ubundi igura amafaranga y’u Rwanda 15,000 ikilo, ariko umworozi akaba ayigura amafaranga 12,400.

    Naho ku kijyanye n’imashini isarura ubwatsi ikanabutunganya, Kagwa asaba aborozi kwihuza bakaba bakwigurira imashini yabo kuko buri gihe Leta itajya ibafasha muri byose.

    Agira ati “Dufite imashini enye muri RAB, zifite ubushobozi bufunga toni icyenda mu isaha ariko tunakangurira abikorera, amakoperative y’aborozi gufatanya na Leta izo mashini tukazongera”.

    Nyamara bamwe mu borozi bavuga ko kwifatanya bakagura imashini ntacyo bitwaye ariko na none bose batanganya ubushobozi.

    Sam Nkusi avuga ko umuntu ufite inka eshanu, utamwaka umusanzu wo kugura imashini isarura ubwatsi ahubwo icyashoboka ari ukwihuza nk’aborozi batanu gusa bagakora koperative yabo, hanyuma Leta ikabunganira kuko iby’abantu benshi kenshi bitaramba.

    Ati “Kwifatanya si bibi ariko ngira ngo urabibona, imashini zagiye zigurwa na Leta zigahabwa abaturage ikora ni iyihe? Ikintu cy’abantu benshi ntikiramba. Umuntu wa girinka wamubaza kugura imashini? Kuki ahubwo tutakwifatanya nk’abantu batanu tugakora koperative tugashaka ubushobozi Leta ikatwunganira?”

    Imashini zahawe abahinzi ba Rwangingo zimwe ntizigikora
    Imashini zahawe abahinzi ba Rwangingo zimwe ntizigikora

    Umushinga wa RDDP wafashaga mu bikorwa byo kongera umukamo mu Karere ka Nyagatare n’ubwo urimo gusoza ibikorwa byawo, muri iki gihembwe cy’ihinga ry’ubwatsi 2022 A, uzaha ku buntu aborozi imbuto y’ubwatsi igizwe n’amako icyenda.


    source : https://ift.tt/3icVk94

  • Ikoreshwa ry’ibicanwa bigezweho kandi bitangiza ikirere rihanzwe amaso mu kubungabunga ibidukikije – #rwanda #RwOT

    Mu kubigeraho u Rwanda rwihaye intego yo kuba rwagabanyije ikoreshwa ry’inkwi, amakara n’ibindi bicanwa bikomoka ku bimera nka bimwe mu byangiza ibidukikije bikanatanga umwuka uhumanya ikirere, rukava ku kigero cya 79.9% rwariho mu 2018 rukagera kuri 42% mu mwaka wa 2024.

    Aho ni ho benshi batangiye kuzamukira bakora uko bashoboye kugira ngo Abanyarwanda boroherwe n’uburyo bwo gutegura amafunguro ariko hanabungwabungwa ibidukikije.

    Mu gihe benshi babonaga ibarizo (imyanda yavanwe mu mbaho) nta wundi mumaro waryo, hari abatekereje uburyo bwo kuryongerera agaciro rikabyara ibicanwa (briquettes) kandi bitangiza ibidukikije.

    Umushoramari ufite uruganda rutunganya izo briquettes ku buryo zikoreshwa mu guteka amafunguro kandi mu buryo butangiza ibidukikije rwa OAK Investment Ltd ruherereye mu mujyi wa Kigali, mu murenge wa Mageragere, Munyarubuga Javan, yabwiye IGIHE ko yagize icyo gitekerezo ashaka kubungabunga ibidukikije no kongerera agaciro ibarizo ryafatwaga nk’umwanda muri rubanda.

    Yagize ati “Urabona ko iri barizo ryitwaga umwanda nta gaciro ryongerwaga, twagize igitekerezo ko twaryongeramo agaciro tukaribyaza ibicanwa kandi birengera ibidukikije. Twagize igitekerezo, turavuga ngo iki bitaga umwanda, tucyongerere agaciro, tubone amakara kandi tukarengera ibidukikije. Bya biti byatemwaga biteze bigakura, noneho ibyo byeze bikajya mu ibarizo, tukabona ibyo dukoramo aya makara.”

    Yavuze ko gushora imari muri ibi bikorwa byo guharanira kubungabunga ibidukikije biri muri gahunda yo gushyigikira gahunda ya Leta yo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

    Yavuze ko kugira ngo babone ibarizo ryo gutunganyamo ibyo bicanwa bakorana na koperative z’ababaji ya Adarwa ikorera mu Gakiriro ka Gisozi kandi ko hari gahunda yo kwagura bagakorana n’izindi koperative y’ababaji hirya no hino mu gihugu.

    Mu rwego rwo gukoresha ibi bicanwa bigezehwo, hari n’imbabura na zo zigezweho mu buryo zakifashishwa mu gutunganya amafunguro kandi mu buryo butangiza ibidukikije ariko n’ukoresha imbabura zisanzwe ashobora gukoresha briquettes.

    Abakoresha izi briquettes mu guteka bavuga ko bitanga umusaruro kandi ko ari n’uburyo butekanye kuko burinda impanuka za hato na hato zishobora guterwa n’umuriro wo gutekesha amafunguro nk’uko Nyirambarushimana Illuminée yabigarutseho.

    Ati “Bitandukanye no gucana inkwi kuko ncana briquettes nkitemberera cyangwa se ngakomeza ngakora ibindi. Nta myotsi bisohora kandi ubona ko nta kibazo biteje. Mbona nta cyiza cyo gukoresha inkwi kuko ari ukwangiza ibidukikije kandi no kuzikoresha biragora. Iyo ucanye kuri iyi mbabura nta muriro usohoka ku buryo wateza impanuka.”

    U Rwanda rwihaye intego ko kugeza mu 2030 ruzaba rwagabanyije imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere ku gipimo cya 38% nk’uko bigaragara muri Gahunda y’Igihugu yo kugabanya Imyuka ihumanye yoherezwa mu Kirere (Nationally Determined Contributions, NDC).

    Raporo ya Minisiteri y’Ibidukikije yo mu 2018 yerekana ko 83% by’abatuye mu Rwanda bakoresha inkwi mu guteka, abandi 15% bagateka bakoresheje amakara, mu gihe 2% bakoresha briquettes. Hifuzwa ko mu 2024 abakoresha ibicanwa bikomoka ku bimera bifatwa nk’ibyangiza ibidukikije bazaba bangana na 42%.

    Amabarizo yabonye icyashara mu mushinga wo kubungabunga ibidukikije

    Briquettes zifashishwa mu guteka kandi ntizisohora imyotsi ihumanya ikirere

    Uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya toni hagati ya 30 na 40 ku munsi

    Ibarizo ryavuye ku mbaho niryo rikoreshwa mu gutunganya ibicanwa

    Abakoresha briquettes mu gutunganya amafunguro bavuga ko zitangiza ikirere

    source : https://ift.tt/3kIUZfX

  • COPCOM yabonye abayobozi bashya nyuma y’iminsi mu mwiryane – #rwanda #RwOT

    Kayitare Jérôme ni we watorewe kuyobora Koperative COPCOM n’amajwi 67% y’abanyamuryango.

    COPCOM ni Koperative y’Abacuruzi b’ibikoresho by’Ubwubatsi n’Ububaji. Mu matora yo kuri iki Cyumweru, abanyamuryango bagera ku 116 ni bo bari bujuje ibisabwa, ni na bo bahawe uburengazira bwo gutora mu gihe isanganywe abanyamuryango 321

    Ni amatora yabaye nyuma yaho muri Kanama 2021 yari yarasubitswe kuko Umunyamuryango witwa Maniriho Blaise wari watowe n’abanyamuryango Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative mu Rwanda, RCA, cyamwangiye ko aba Perezida kuko yabaye muri Komite ngenzuzi yari icyuye igihe.

    Icyemezo cya RCA icyo gihe ntabwo cyashimishije bamwe mu banyamuryango, bituma bamwe bahita bahaguruka barataha, amatora arasubikwa.

    Kayitare w’imyaka 50 watorewe kuyobora Koperative COPCOM, mu ijambo rye yijeje abanyamuryango kuzababera umuyobozi mwiza, aharanira ko koperative itera imbere.

    Yabwiye IGIHE ko muri manda y’imyaka itatu yatorewe, azihatira kuyobora yisunze amategeko.

    Ati “Ibibazo byose COPCOM yahuye nabyo ni uko hatagiye hakurikizwa amategeko.”

    Kayitare yavuze ko akazi gakomeye afite ari ukongera guhuza abanyamuryango, amacakubiri akaba amateka no gukora uko ashoboye hakabaho umurongo wo gukomeza kwishyura BRD bakarangiza umwenda wa 1.800.000.000 Frw

    Kayitare yabaye Perezida wa COPCOM mu gihe hari bamwe mu banyamuryango bayo bagera kuri 18 bari kuburana n’Ubushinjacyaha mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu aho bakekwaho kunyereza asaga miliyari 1,7 Frw.

    Hari hashize iminsi hari umwuka mubi muri iyo Koperative ushingiye ku kuba abari abayobozi bayo bari bararangije manda ariko ntibategure amatora yo kubasimbura.

    Amakimbirane n’umwuka mubi uvugwa muri iyo koperative kandi byatangiye gututumba ubwo hubakwaga inzu z’ubucuruzi ariko zigakodeshwa ku batari abanyamuryango mu gihe na bo bari bazikeneye.

    Binavugwa ko mu nama kandi hakunze kugaragaramo uburyarya burimo gutuma abatari abanyamuryango bitabira izifata ibyemezo bakanabigiramo uruhare kandi itegeko ritabibemerera.

    Ababaruraga amajwi mu gikorwa cyabereye mu ruhame

    Abitabiriye amatora nyuma yayo bahawe insimburamubyizi

    Abiyamamarizaga kuyobora Koperative COPCOM bari batatu

    Kayitare Jérôme ni we watorewe kuyobora Koperative COPCOM ku majwi 67

    Komite yatowe ifite akazi ko kwishyura ideni rya BRD rya Miliyoni 27 Frw

    Mbagizente Edouard, Umunyamuryango wa Koperative COPCOM avuga ku bakandida bari batanzwe

    Perezida watowe Kayitare Jérôme yijeje abanyamuryango kubaka COPCOM izira amacakubiri no kubaka amategeko arambye

    Komite yatowe ifite akazi ko kwishyura ideni rya BRD rya Miliyoni 27 Frw

    source : https://ift.tt/3CNcdyJ

  • Mu mafoto 60: Uruzinduko rw’amateka rwa Perezida Kagame muri Mozambique – #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo ku wa Gatanu ni bwo Umukuru w’Igihugu yageze muri Mozambique, ku kibuga cy’indege yakirwa na Perezida Nyusi mu cyubahiro gihabwa abakuru b’ibihugu ndetse habaho umwanya muto wo gutaramirwa n’Abanya-Mozambique mu mbyino gakondo.

    Ni uruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Mozambique mu gihe hagiye gushira amezi atatu Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe muri iki gihugu guhashya umutwe w’iterabwoba wari warigaruriye Intara ya Cabo Delgado kugarura amahoro no gucyura abaturage.

    Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rwose rwabereye mu Ntara ya Cabo Delgado. Akiva ku kibuga cy’indege yahise ajya gusura Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda bari kugarura amahoro muri iyi ntara.

    Mu mpuzankano z’Igisirikare cy’u Rwanda, Perezida Kagame yari aharekejwe na Perezida Nyusi na we wari uri mu mwambaro w’igisirikare cya Mozambique.

    Wabonaga Ingabo z’u Rwanda zishimiye kwakira Umugaba wazo w’ikirenga ndetse zineteguye kwakira impanuro yazigeneye. Ntibyatinze Perezida Kagame yarahageze bamwakira na morale nyinshi.

    Mu butumwa yatanze mu rurimi rw’Igiswahili, runasanzwe rukoreshwa cyane mu gisirikare, yibukije Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda ko aribwo akazi kagitangira.

    Yababwiye ko nubwo babashije guhashya ibyihebe bimwe bigahungira mu mashyamba, ari n’inshingano gukomeza kuba maso ngo bitagaruka, anababwira kugira uruhare mu iterambere ry’iyi ntara.

    Muri ibi biganiro byabereye mu Kigo cya Gisirikare cy’Ingabo zirwanira mu Mazi kiri mu gace ka Pemba, Perezida Kagame yashimye akazi kakozwe mu kubohora Intara ya Cabo Delgado yari yarigaruriwe n’imitwe y’iterabwoba.

    Nyuma yo kuganira n’abasirikare, abakuru b’ibihugu byombi bagize umwanya wo kuganira hagati yabo ndetse hanasinywa amasezerano agamije guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari hagati y’u Rwanda na Mozambique. Nyuma y’aho Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Perezida Nyusi.

    Umunsi wa kabiri w’uru ruzinduko waranzwe n’ibikorwa bitandukanye. Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu Perezida Kagame aherekejwe na Nyusi bitabiriye imyiyereko ya gisirikare yabereye mu Nyanja y’Abahinde.

    Iyi myiyerekano irangiye Abakuru b’Ibihugu byombi bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, aho babajijwe ibibazo bitandukanye.

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gukorana na Mozambique kuko ari igihugu cy’inshuti. Yavuze ko Ingabo z’u Rwanda zitari muri Mozambique ku bw’impanuka, ko ahubwo ari ku butumire bwa Mozambique bugamije gufatanya mu guhangana n’iterabwoba.

    Nyuma yo kugirana ikiganiro n’abanyamakuru, Perezida Kagame na mugenzi we Filipe Nyusi wa Mozambique bakomereje urugendo rwabo kuri Stade ya Pemba ahabereye Umunsi w’Ingabo wizihizwa buri tariki 25 Nzeri muri icyo gihugu.

    Amafoto y’umunsi wa mbere waranzwe n’akazi kenshi

    Mbere yo kugera muri Mozambique, ku Kibuga cy’Indege kiri mu Mujyi wa Pemba mu Ntara ya Cabo Delgado hari hateguwe uburyo bwo kwakira Perezida Kagame mu cyubahiro kimukwiye

    Bari bitwaje n’amabendera y’u Rwanda n’amafoto ya Perezida Kagame

    Perezida Paul Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Mozambique, Filipe Nyusi. Aha bari kuramukanya mu buryo bugezweho bujyanye n’ubwirinzi bw’icyorezo cya COVID-19

    Perezida Kagame yakiriwe mu cyubahiro cy’Umukuru w’Igihugu

    Perezida Kagame yishimiye ikaze yahawe, na we mu kubigaragaza akomera amashyi abamwakiriye

    Perezida Kagame yageze muri Mozambique mu gitondo cyo ku wa Gatanu, tariki ya 24 Nzeri 2021. Yahise yakirwa na Filipe Nyusi uyobora iki gihugu kiri mu Majyepfo ya Afurika

    Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu rugamba rwo guhashya imitwe y’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique zari ziteguye kwakira Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame

    Ingabo zari zifite akanyamuneza kenshi zitegura kwakira Umugaba Mukuru w’Ikirenga wazo, Paul Kagame

    Bari bateze amatwi impanuro bahawe n’abakuru b’ibihugu byombi

    Abapolisi b’u Rwanda na bo bari mu boherejwe muri Mozambique, ni bo bacunga umutekano w’abaturage aho ingabo zimaze kubohoza

    Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda 1000 ni bo boherejwe muri Mozambique

    Aba basirikare bari mu Kigo cy’Ingabo zirwanira mu Mazi kiri Pemba muri Mozambique

    Kimwe mu biranga abashinzwe umutekano mu kazi kabo no mu buzima busanzwe ni ukwigirira icyizere na morali

    Bati “RDF ku rugamba ntidusubira inyuma”

    Mu rugamba rwo guhashya imitwe y’iterabwoba, Ingabo z’u Rwanda zifatanya n’iza Mozambique

    Perezida Kagame na mugenzi we Nyusi basuye ingabo z’u Rwanda bari mu mpuzankano ya gisirikare

    Perezida Nyusi asuhuzanya na Paul Kagame ubwo yamwakiraga mu Kigo cya Gisirikare cy’Ingabo zirwanira mu Mazi kiri mu gace ka Pemba

    Perezida Kagame na mugenzi we wa Mozambique, Filipe Nyusi bashimye akazi kamaze gukorwa n’ingabo z’ibihugu byombi mu guhashya imitwe y’iterabwoba

    Perezida Kagame na Nyusi bari baberewe mu mwambaro wa gisirikare, buri wese yambaye impuzankano iranga ingabo z’igihugu cye

    Perezida Kagame yagendaga yereka mugenzi we ingabo z’u Rwanda ziri mu rugamba rwo kubohora Intara ya Cabo Delgado mu maboko y’ibyihebe

    Perezida Kagame yasuhuje ingabo mu ndamukanyo isanzwe

    Bari mu kigo cya gisirikare aho umutekano wari wakajijwe cyane…

    Perezida Kagame yavuze ijambo rye mu Giswahili nka rumwe mu ndimi zoroheye Ingabo z’u Rwanda kumva ndetse rukaba rukoreshwa na benshi mu batuye mu Ntara ya Cabo Delgado

    Perezida Kagame na Nyusi ubwo bageraga mu Kigo cy’Ingabo zirwanira mu Mazi aho baganiriye n’ingabo n’abapolisi bari mu butumwa bwo kugarura amahoro

    Perezida Nyusi yereka mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame ingabo za Mozambique ziri gufatanya n’iz’u Rwanda mu rugamba rw’i Cabo Delgado

    Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, yashimye ubutwari bwaranze ingabo z’u Rwanda

    Perezida Kagame yabwiye ingabo ziri ku rugamba ko nubwo hari ibyakozwe ariko akazi ari bwo kagitangira

    Perezida Kagame yavuze ko nyuma yo kwirukana ibyihebe mu birindiro byabyo hakwiye gukomeza urugendo rwo guharanira ko bitazagaruka guhungabanya abaturage bo muri Cabo Delgado

    Perezida Kagame yatereye isaluti ingabo n’abapolisi bari muri Mozambique

    Perezida Kagame aganira na mugenzi we Nyusi Filipe

    Perezida Filipe Nyusi yabwiye Paul Kagame w’u Rwanda ko abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bakunzwe n’Abanya-Mozambique kubera umusanzu bari gutanga

    Perezida Nyusi yashimye Kagame wijeje ko nyuma y’urugamba rwo kubohora ibice bimwe na bimwe bazakomeza imikoranire igamije kubungabunga amahoro muri Cabo Delgado

    Perezida Kagame yahaye ingabo impanuro nk’uburyo bwo kuzitera ingabo mu bitugu ngo zikomeze kugira umurava ku rugamba

    Perezida Kagame yavuze ko nubwo urugamba rw’amasasu muri Cabo Delgado rusa nk’urwarangiye, hakiri urundi rwo kurinda umutekano muri ako gace no kukubaka bundi bushya

    Perezida Kagame yashimye uburyo ingabo z’u Rwanda zujuje neza inshingano zahawe zifatanyije n’iza Mozambique

    Umukuru w’Igihugu yatangaga impanuro ku ngabo z’u Rwanda

    Abapolisi b’u Rwanda ateze amatwi impanuro za Perezida Kagame

    Ibendera ry’u Rwanda ryari ryazamuwe mu Mujyi wa Pemba

    Perezida Kagame na Nyusi bagiranye ibiganiro byihariye byagarutse ku kunoza umubano w’ibihugu byombi

    Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Béata na mugenzi we wa Mozambique basinya ku masezerano y’impande zombi. Yari ahagarariwe na Perezida Kagame na Filipe Nyusi

    Perezida Nyusi yakiriye Paul Kagame ku meza, nyuma y’umunsi waranzwe n’akazi kenshi

    Umunsi wa mbere wasoje n’isangira ndetse n’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Nyusi Filipe wa Mozambique

    Umunsi wa kabiri watangiriye ku Nkengero z’Inyanja y’Abahinde

    Abayobozi bakuru mu Ngabo za Mozambique bategereje kwakira abakuru b’ibihugu ahabereye imyiyereko ya gisirikare

    Perezida Nyusi ubwo yageraga ahabereye imyiyereko ya Gisirikare

    Perezida Nyusi yakiriye mugenzi we Paul Kagame

    Perezida Kagame na mugenzi we Filipe Nyusi wa Mozambique bitabiriye imyiyereko ya gisirikare yabereye mu Nyanja y’Abahinde

    Banyuzwe n’imyiyereko y’ingabo za Mozambique zirwanira mu mazi

    Perezida Kagame yereka mugenzi we Nyusi uko ingabo zitwara mu kugaragaza ubuhanga zifite mu kurwanira mu mazi

    Mu Nyanja y’Abahinde hashyizwemo Ingabo zirwanira mu Mazi za Mozambique zakoze imyiyereko zigaragaza ubushobozi bwazo

    Perezida Kagame yifashishije indebakure mu gukurikirana imyiyereko y’ingabo zirwanira mu mazi

    Bitegerezaga ingabo ariko bakananyuzamo bakaganira

    Perezida Kagame na Nyusi wa Mozambique bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyibanze ku ngingo zitandukanye

    Perezida Kagame yavuze ko ingabo z’u Rwanda zimaze amezi abiri muri Cabo Delgado zitahagiye ku bw’impanuka, ahubwo ari umusanzu zasabwe ngo zifatanye n’iza Mozambique guhashya imitwe y’iterabwoba

    Perezida Nyusi yongeye gushima ubufasha ingabo z’u Rwanda zahaye iza Mozambique mu kugarura umutekano muri Cabo Delgado

    Abitabiriye ibi birori bari bitwaje amafoto yerekana Perezida Kagame na Nyusi wa Mozambique

    Ingabo za Mozambique ziyerekanye mu karasisi karyoheye ijisho

    Muri ibi birori, hanerekanwe imodoka nini z’intambara z’Igisirikare cya Mozambique

    Ingabo ziri mu karasisi ubwo zari mu Birori ngarukamwaka byo kwizihiza Umunsi w’Ingabo muri Mozambique

    Perezida yavuze ko ibikorwa ingabo z’u Rwanda zagezeho ku bufatanye n’iza Mozambique bigaragaza ko Abanyafurika bakoreye hamwe babona ibisubizo by’ibibazo byugarije umugabane. Yabivuze mu ijambo rye mu birori byo kwizihiza Umunsi wahariwe Ingabo muri iki gihugu

    Nyuma y’uruzinduko rwe rw’iminsi ibiri, Perezida Kagame yasezeweho na mugenzi wa Mozambique, Filipe Nyusi

    Yasezeweho mu cyubahiro gikwiye Umukuru w’Igihugu nk’u Rwanda

    Perezida Nyusi yasezeye kuri mugenzi we, Paul Kagame, anamwifuriza urugendo ruhire

    Amafoto: IGIHE na Village Urugwiro


    source : https://ift.tt/3CMoR14

  • Amateka ya Bwanakweri Nathan wo mu itorero Urukerereza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bwanakweri Nathan
    Bwanakweri Nathan

    Bwanakweri afite ibigwi bitagira ingano mu buhanzi bw’imbyino n’indirimbo gakondo zakunzwe cyane na n’ubu zigikunzwe, ariko ugasanga hari benshi batigeze bamumenya, by’umwihariko ijwi rye nyamukuru ryumvikana mu ndirimbo z’Urukerereza.

    Umwe mu bahungu ba Bwanakweri, Gasimba Athanase w’imyaka 73, na we ni umwe mu baririmbyi n’ababyinnyi batangiranye na Bwanakweri mu itorero Urukatsa.

    Gasimba Athanase
    Gasimba Athanase

    Gasimba na mushiki we Mukamuyenzi Damarse baratuganirira ku mubyeyi wabo Bwanakweri wari ufite ijwi rifatwa nk’ikirango nyamukuru cy’Urukerereza.

    Bikurikire mu kiganiro Nyiringanzo kuri KT Radio:

    source : https://ift.tt/3AMcph4

  • Abana 20 bafite ubumuga bakeneye ba Malayika Murinzi bakwemera kubarera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hope&Homes for Children ukeneye ba Malayika Murinzi barera abana bafite ubumuga
    Hope&Homes for Children ukeneye ba Malayika Murinzi barera abana bafite ubumuga

    Hope&Homes for Children uvuga ko abenshi muri abo bana ari abafite ubumuga bw’amaguru n’ubw’amaboko, ubwo mu mutwe ndetse n’abatumva ntibavuge.

    Umukozi wa Hope&Homes for Children ushinzwe ibijyanye no gusubiza abana mu miryango, Munyaneza Richard agira ati “Hari abana bari mu kigo cy’abana bafite ubumuga muri Kicukiro, turashaka ababyeyi bashobora kubakira kugira ngo na bo babone uburenganzira bwo kurererwa mu miryango”.

    Munyaneza yahuye na ba Malayika Murinzi 20 b’i Kigali ku wa Kane no ku wa Gatanu tariki 22-24 Nzeri 2021, ariko akaba atarabona abamwemerera gutwara abo bana bose, kugira ngo bave mu kigo kibarera nk’impfubyi.

    Munyaneza Richard aganiriza ba Malayika Murinzi
    Munyaneza Richard aganiriza ba Malayika Murinzi

    Abo bana batawe ku mihanda n’ababyeyi babo, inzego za Leta zababona zikabajyana i Gahanga mu kigo, abandi ni abazanywe muri icyo kigo n’abababyaye bakabatamo cyangwa bakabasiga ku irembo.

    Munyaneza avuga ko nibagira amahirwe bazabona ababyeyi 10 bakwemera kwakira bamwe muri abo bana, abandi bakaba bagikeneye kubona ababyeyi b’impuhwe aho baturuka hose mu gihugu.

    Umuryango Hope&Homes wahuje ba Malayika Murinzi ubasaba kwemera kurera abana bafite ubumuga
    Umuryango Hope&Homes wahuje ba Malayika Murinzi ubasaba kwemera kurera abana bafite ubumuga

    Umuryango Hope&Homes uvuga ko utabwira umuntu ko hari icyo uzamugenera mu gihe yaramuka yemeye kurera umwana utari uwe kandi ufite ubumuga, mu rwego rwo kwirinda gutanga umwana ku batekereza kugira inyungu babakuraho.

    Malayika Murinzi witwa Mukamihigo Petronille wareze abana batagira ababyeyi kuva mu myaka irenga 20 ishize, avuga ko kurera abana bimushimisha kandi ngo bituma agira umugisha wo kutabura ibiribwa

    Mukamihigo agira ati “Maze kurera abana barenga 30 babaye iwanjye, nta bushobozi buhambaye nari mfite ariko naravuze ngo ‘aho ikilo kimwe cy’ifunguro gihaza umuntu umwe, cyahaza na batatu bafite amahoro, nta mafunguro nigeze mbura, hari igihe nigeze kurera abana barenga cumi na…,kandi barigaga bose.”

    Mukamazimpaka Mwamini w’i Nyarugenge avuga ko mu bana barindwi yareze hari babiri batari abe kandi harimo n’ufite ubumuga, ngo waje adashobora kunezerwa na rimwe ariko ubu akaba yigirira icyizere akanamuganiriza basabana nk’umwana ku mubyeyi.

    source : https://ift.tt/3lYmfXb

  • André Gromyko ageze kure akora feri izagabanya impanuka zo mu muhanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Benshi bamukunze cyane ubwo yari mu mwuga w’itangazamakuru, abantu bakamukundira urwenya rwarangaga ibiganiro bye. Kuri ubu ni umwe mu bahanga mu bijyanye n’imodoka dore ko afite uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga mu byiciro byose bitangwa mu Rwanda.

    Ni n’umwe mu bantu bakurikiranira hafi ibijyanye n’amategeko y’umuhanda ndetse akaba ageze kure umushinga wo gukora feri ahamya ko izagabanya impanuka zo mu muhanda.

    Bikurikire muri iki kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa KT Radio na Kigali Today, Umugwaneza Jean Claude Rusakara.

    source : https://ift.tt/3m5naFr