Tag: featured

  • Gicumbi: Abantu 33 bafatiwe mu masengesho barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere Gicumbi, Superintendent of Police (SP) Ndahimana Gisanga avuga ko bariya bantu bose uko ari 33 bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bamaze kumva abantu barimo kuririmbira mu nzu y’umuturanyi wabo basenga.

    Yagize ati” Kuri iki cyumweru ahagana saa mbiri za mugitondo nibwo bariya bantu 27 bafatiwe mu Kagari ka Nyamiyaga mu Murenge wa Kageyo. Abaturage babumvise baririmba cyane babimenyesha Polisi ijyayo isanga barimo kubyiganira mu cyumba barenze ku mabwiriza yose yo kurwanya COVID-19.”

    SP Gisanga yakomeje avuga ko kuwa Gatandatu tariki ya 25 Nzeri Polisi yari yafatiye abantu 6 mu ishyamba ry’ahitwa Kadeshi nabo bafashwe barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 barimo gusenga. Yavuze ko bariya bantu uko ari 33 bamwe baturuka mu Murenge wa Byumba abandi ni abo mu Murenge wa Kageyo.

    Umuyobozi wa Polisi yibukije abaturage ko icyorezo cya COVID-19 ntaho cyagiye bityo bakaba bagomba gukomeza gukurikiza amabwiriza atangwa n’inzego z’ubuzima mu gukomeza kwirinda iki cyorezo.

    Ati” Bariya bantu bafatiwe ahantu hafunganye cyane harimo n’ubushyuhe, ni mu gihe inzego z’ubuzima zigira inama abantu kwirinda kwegerana, ziburira abantu kwambara agapfukamunwa, gukaraba intoki, guhana intera. Dukangurira abantu kujya gusengera mu nsengero zujuje ibisabwa kuko zirahari.”

    Abafashwe baturuka mu matorero atandukanye , baraganirijwe bibutswa ko icyorezo kigihari batagomba kudohoka ku ngamba zo kukirwanya. Nyuma yo kuganirizwa, inzego zibishyinzwe zabaciye amande.


    source : https://ift.tt/3uiKJho

  • Karongi: Umugore wafungiwe kuruma umwana we; yongeye kumuruma aramukomeretsa – #rwanda #RwOT

    Uyu mugore yari yatawe muri yombi mu ntangiriro z’uyu mwaka, azira guha umwana we ibihano biremereye, icyo gihe yashinjwe kumurumisha amenyo ye akababaza uyu mwaka w’imyaka 12 gusa.

    Nyuma y’ibyumweru bibiri, uyu mugore yaje kuva muri gereza asubira mu muryango, gusa ejo bundi yongeye kuruma umwana we mu mugongo, aho uyu mwana afite ibikomere bitatu byatewe n’icyo gikorwa cy’umubyeyi we.

    Uyu mwana yabwiye IGIHE ko nyima amuruma bitewe no gutaha yasinze, akamukubita cyane ndetse akanamukorera ibindi bikorwa bibabaza umubiri.

    Uyu mubyeyi yavuze ko impamvu ahanisha umwana we ibihano biremereye, “Ari uko akunda kuzerera hirya no hino ndetse hari ubwo adataha mu rugo, akarara mu gasozi.”

    Abaturanyi b’uyu mubyeyi bavuze ko uyu mwana “Agenda iyo nyina yatashye yasinze, ameze nk’ubana n’ihahamuka kuko nyina buri gihe amuha ibihano biteye ubwoba, bigatuma umwana adatuza, aho amubonye yasinze agahunga.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera, Nkusi Medard, yavuze ko iki kibazo atari akizi, ariko akaba agiye kugikurikirana, agira ababyeyi inama yo “Kubaha abana babo, bakirinda ubusinzi kuko bushobora kuba intandaro yo guhohotera umwana n’undi muntu, kandi ibyo amategeko arabihanira. Abana ntibakwiye gukubitwa, ntibakwiye kwimwa uburenganzira bwabo.”

    Umugore uherutse gufungirwa kuruma umwana we, yongeye kumuruma aramukomeretsa

    source : https://ift.tt/3ugCWRv

  • PAC yahase ibibazo RPPA ku masoko ya miliyari 31 Frw yatanzwe mu buryo butemewe – #rwanda #RwOT

    Ni mu gikorwa PAC irimo cyo kwaka ibisobanuro inzego n’ibigo bya Leta ku micungire mibi y’imari yagaragajwe na Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2019-2020.

    Ubusesenguzi bwa PAC kuri iyo raporo bwerekanye ko imikorere ya “E-procurement” idahwitse ku buryo hagaragaramo ibyuho byateza igihombo Leta na ba rwiyemezamirimo.

    Nta buryo ifite bwo kugarura amakuru (recovery) mu gihe yaba igize ibibazo cyangwa ngo igire ahandi iyabika (backup) ku buryo akenewe bayahashakira.

    Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya RPPA, Namara Hannington, yasobanuye ko “E-Procurement” ari uburyo bushya ndetse yemera ko bugaragaramo ibyuho koko ariko ko ari cyo gihe cyo kubishakira ibisubizo cyane ko umushinga nyir’izina wo kubwubaka umaze gukomera.

    Umuyobozi Mukuru wa RPPA, Uwingeneye Joyeuse, yabwiye PAC ko Raporo y’Umugenzuzi Mukuru yakozwe mu gihe hari hatangiye gushakwa uko “recovery” yashyirwamo, naho “backup” hakaba hakoreshwa iya RPPA.

    Yakomeje ati “Ariko nyuma yaho hari amabwiriza RISA yasohoye yajyanaga no gukora ibyo n’andi mabwiriza abishingiyeho. Kugeza ubu rero tubigeze kure, navuga ko tugeze kuri 90% tubishyira mu bikorwa, twizera ko biterenze mu Ukwakira [2021] tuzaba tubifite.”

    Amasoko 13 ya miliyari 31 Frw yatangiwe kuri “E-procurement” mu buryo butemewe

    Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje ko imikorere idahwitse y’ubwo buryo bwo gutanga amasoko ya Leta hakoreshejwe ikoranabuhanga yatumye hatangwa 13 afite agaciro karenga 31.055.000.000 Fw mu buryo butemewe.

    PAC yavuze ko icyo cyuho cyatumye abakoresheje uburyo buboneye batabona amasoko ahubwo abakoresheje ubutaboneye akaba ari bo bayahabwa.

    Yanagaragaje ko muri “E-Procurement” hatinze kugaragazwa amakuru y’abatemerewe gupiganira amasoko ya Leta, aho hari ba rwiyemezamirimo bane “bakingiwe ikibaba” bakayahabwa kandi batari ku rutonde rw’abemerewe kuyahabwa.

    Ibyo byatumye Abadepite bavuga ko batewe impungenge n’uko haba hari n’ibindi bibazo byabayeho mbere Raporo itagaragaje dore ko nubwo “E-procurement” iri kwitwa iya vuba yatangiye mu 2016-2017.

    Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yagize ati “Ntabwo wavuga ngo ugiye gukora igerageza noneho ugeragereze ku kunyuranya n’itegeko. Mwagombye kuba mwarashyizeho ubwo buryo mwizeye neza ko bukora. Kuko niba butanga miliyari 31 Frw mu buryo bunyuranye n’amategeko ubwo urumva noneho icyizere abantu bazabugirira. Aho ntitugiye mu bibazo abayikoresha bagiye batugaragariza mu buryo burambuye.”

    Uwingeneye yivugiye ubwe ko amasoko yose atanyuzwa kuri “E-Procurement”, abadepite baboneraho kumubaza bati “Niba hari amasoko atahanyuzwa kandi n’amakuru ya ba rwiyemezamirimo batemerewe guhatana ntahaboneke, murabona atari ikibazo?”

    RPPA yagaragaje ko yatangiye kuzana impinduka hakosorwa ibitaragendaga neza muri ubwo buryo ndetse ibyinshi bikaba byarakosotse.

    Hannington Namara yashimiye PAC na Raporo y’Umugenzuzi Mukuru wa Leta ku bwo kugaragaza ibyuho biri muri “E-procurement” asezeranya kubikemura mu maguru mashya.

    Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya RPPA, Namara Hannington, yasobanuye ko “E-Procurement” ari uburyo bushya ndetse yemera ko bugaragaramo ibyuho

    source : https://ift.tt/3zKIgNX

  • Nyarugenge: Rwabuze gica hagati y’abavandimwe batatu bapfa 7800 Frw – #rwanda #RwOT

    Abagore babiri baherutse kurwana na mukuru wabo ku karubanda banamutera amabuye, nyuma y’uko yanze kwishyura amafaranga yakoresheje.

    Aba bagore barwanye na mukuru wabo bavuga ko bari barashinze ikimina kugira ngo kibateze imbere ariko akajya akoresha amafaranga bazigamaga mu nyungu ze bwite kandi ntabishyure, ndetse akanababwira ko ntayo azabaha kuko nta nyandiko bagiranye.

    Nyirambonabucya Saada, uri mu bishyuza mukuruwe we, yabwiye IGIHE ati “Ubusanzwe nizigamiraga 1000 Frw ku munsi, noneho hari aho byageze angeramo ibihumbi 90 Frw, aho kuyampa angurira matela ampa n’ibihumbi 26 Frw gusa kandi mfite abana babiri. Nyuma yaje kumbarira andi mafaranga y’ibiryo yigeze kumpa, nibwo namusabye nibura kunyishyura 7800 Frw amfitiye ahubwo atangira kurwana.”

    Uyu mugore na mugenzi we bari kwishyuza mukuru wabo bavuze ko birwanyeho kuva nyina yabasiga bakiri bato, kandi bakaba bafite izindi nshingano zikomeye ku buryo batakwemera ko ubwizigame bwabo bupfa ubusa.

    Nyuma y’uko abaturage bahosheje iyi mirwano, aba bagore banze kuva ku izima, aho amakuru avuga ko batifuza ubwunzi bw’ubuyobozi, ndetse no kuri uyu wa Mbere bakaba baragaragaye bari kuri ’saloon de coiffure’ ya mukuru wabo, kugira ngo bamwishyuze.

    Umwe mu baturanyi babo utifuje ko amazina ye ajya hanze, yavuze ko ubuyobozi bukwiye guhagurukira iki kibazo.

    Ati “Mu by’ukuri ubuyobozi bukwiye gushaka uko bukemura iki kibazo kuko aba bantu bashobora kuzagirirana nabi kuko batumvikana hagati yabo, abayobozi bakwiye gushaka uko babunga kuko iki kibazo kimaze igihe kandi ntibashobora kukikemurira hagati yabo.”

    Abagore batatu bava inda imwe bakomeje guhangana bapfa amafaranga 7800 Frw

    Imirwano y’aba bavandimwe iba iteye impungenge kuko bibashisha ibirimo amabuye ashobora gutera ibikomere

    source : https://ift.tt/2XU73Su

  • U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch irushinja kwibasira abarimo abaryamana bahuje igitsina – #rwanda #RwOT

    Raporo nshya y’uyu muryango, ivuga ko ubwo u Rwanda rwiteguraga inama ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zikoresha Icyongereza izwi nka CHOGM, abaryamana bahuje ibitsina, indaya, abazunguzayi n’inzererezi n’abandi bafite imyitwarire idahwitse bibasiwe bagafungirwa mu bigo by’inzererezo n’ibindi binyurwamo by’akanya gato bizwi nka Transit Centers.

    Inama ya CHOGM yari iteganyijwe muri Kamena uyu mwaka ariko iza gusubikwa kubera icyorezo cya Covid-19.

    Human Rights Watch ishinja u Rwanda gufungira abo bantu mu kigo kinyurwamo by’akanya gato cyizwi nko ‘Kwa Kabuga’ i Gikondo, bakabaho ubuzima bubi burimo gukubitwa n’ibindi.

    Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibikubiye muri iyo raporo, ivuga ko ari umugambi w’igihe kirekire wa Human Rights Watch ugamije guhungabanya ubukungu bw’u Rwanda, hagendewe ku birego bidafite ishingiro.

    Umuvugizi wa Guverinoma muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Yolande Makolo abinyujije kuri Twitter yagize ati “Raporo ya Human Rights Watch ni uburyo bwacuzwe neza bugamije kwangiza urwego runaka rw’ubukungu bw’igihugu hitwajwe ibirego bihimbano.”

    Makolo yongeyeho ati “Ubwo bwangizi ntacyo buzageraho kuko ibyo birego atari ukuri. U Rwanda nta vangura rugira rishingiye ku gitsina, haba mu mategeko, politiki zarwo cyangwa imikorere.”

    Yavuze ko ari ibirego Human Rights Watch imaze igihe ishinja u Rwanda nyamara nta kuri na guke kurimo.

    .@HRW‘s report on Rwanda is a calculated attempt to harm a strategic sector of our economy with fabricated allegations. The sabotage won’t work because the allegations are not true. Rwanda does not discriminate, in law, policy or practice, against sexual or gender orientation.

    — Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) September 27, 2021

    Uyu muryango umaze imyaka itatu uhagaritswe gukorera ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’igihe kirekire utangaza amakuru y’abo wita ko bibasiwe cyangwa bagiriwe nabi na Leta, nyamara hakorwa iperereza rikagaragaza ko atari ko biri.

    U Rwanda rujya guhagarika imikorenire na wo mu 2018, wari uherutse gusohora raporo wari wise ‘All Thieves Must Be Killed” [ugenekereje mu kinyarwanda ni “abajura bose bagomba kwicwa”], aho yavugaga ko hari abantu 37 bishwe n’abapolisi, abasirikare, inkeragutabara cyangwa DASSO, mu turere twa Rubavu na Rutsiro.

    Mu iperereza Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu yahise ikora, yasanze abavugwaga ko bapfuye ari bazima ndetse bamwe mu babitswe barigaragaza.

    Imikorere ya Human Rights Watch yakunze kunengwa n’abantu batandukanye, aho akenshi ifatwa nk’iba igamije kugaragaza byacitse aho bitari no kuba igikoresho mu nyungu za politiki.

    Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na TV 5 Monde cyagiye hanze ku wa 29 Gicurasi 2021, yavuze ko imiryango nka Human Rights Watch ifite ikibazo mu mikorere, kuko n’iyo isanze yarabeshye cyangwa yabeshywe igatangaza ibitari byo, itabikosora.

    Yagize ati “Urugero mu 2017, iyo Human Rights Watch mwavuze, yavuze ko hari abantu benshi baburiwe irengero, bandika amazina bati aba mwarabishe, abantu barasakuza bati ni nde wishe abo bantu byagenze gute? Twakoze iperereza , bari abantu bagera kuri 11 bose twasanze ari bazima. Nta n’umwe twasanze yaraburiwe irengero, nta n’umwe twasanze yarapfuye.”

    Yakomeje agira ati “Twabajije Human Rigths Watch tuti ’ese byabagendekeye bite, mwaba mwaribeshye? Mwaba se mwarakoze amakosa?’ Bahisemo guceceka. Ni ukuvuga ngo bahitamo gushinja abandi ibyaha ariko ntabwo bashobora no guhagarara kubyo barega. Ni uko tubaho.”

    Ubwo u Rwanda rwangaga kuvugurura amasezerano yarwo y’imikoranire na Human Rights Watch, rwagaragaje ko ibikorwa by’uwo muryango nta burenganzira bwa muntu birengera ahubwo bifite impamvu zihishe za politiki.

    U Rwanda rwamaganye ibirego bya Human Rights Watch birimo kwibasira indaya n’abaryamana bahuje igitsina mu gihe hitegurwaga inama ya CHOGM

    source : https://ift.tt/3zMwGSG

  • Kwita Izina, umurage wahindutse umugisha – #rwanda #RwOT

    Mu Rwanda mu kwezi kwa Nzeri imvura iba itaraba nyinshi cyane ku buryo byakumira ba mukerarugendo baturutse hirya no hino.

    Ni ko kwizihizwaho Umunsi Mpuzamahanga w’Ubukerarugendo, wizihizwa buri tariki ya 27 Nzeri ku rwego mpuzamahangan’uw’ingagi zo mu misozi mu Rwanda ufite imizi mu 1967, ubwo Umushakashatsi w’Umunyamerika, Dr. Dian Fossey, yatangiraga ubushakashatsi kuri izi nyamaswa aho yavugaga ko nta gikozwe, izi ngagi zizaba zazimiye bitarenze mu 2000.

    Ku bw’amahirwe izi ngagi zituye mu misozi miremire y’Ibirunga ziracyahari, ndetse ziherutse kuvanwa mu nyamaswa zifite ‘ibyago byinshi byo kuzimira’.

    Inyungu zihishe mu gikorwa cyo Kwita Izina ingagi

    Umuhango wo kwita amazina abana b’ingagi 24 uheruka kuba ku itariki ya 24 Nzeri uyu mwaka, wahujwe n’umunsi Dian Fossey yatangirijeho ikigo gikora ubushakashatsi ku ngagi mu Rwanda, wari ubaye ku nshuro ya 17, kuko watangiye kwizihizwa mu 2005.

    Ubusanzwe, abashakashatsi n’abandi bantu bakurikirana ubuzima bw’ingagi, bari basanganywe umuco wo gukurikirana ingagi mu miryango yazo, bakagenda bazita amazina kugira bazoroherwe no gukomeza kuzikoraho ubushakashatsi mu minsi iri imbere.

    Mu 2005, Leta y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kugira uyu muhango igikorwa gihoraho, kigakorwa mu rwego rwo kubungabunga ingagi, gushimira abazitaho mu buzima bwa buri munsi.

    Bitewe n’akamaro k’ingagi zo mu misozi miremire, u Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu bizicumbikiye, rufite inshingano zo kuzirinda kuko ari nk’umurage w’Isi muri rusange, kugira ngo zitazazimira.

    Icyakora uko imyaka yagendaga ishira, iby’iki gikorwa byagenda bihindura isura, kikarushaho kwakira abashyitsi benshi, kikagarukwaho cyane ku rwego mpuzamahanga ku buryo kugeza uyu munsi kitakiri gusa igikorwa cyo kwerekana uruhare u Rwanda rugira mu kurengera ingagi n’ibidukikije, ahubwo cyabaye igikorwa cyifashishwa mu kwerekana isura nziza y’u Rwanda mu ngeri zose, kuva ku bukerarugendo kugera ku hantu hashobora gukorerwa ishoramari n’ibindi.

    Umugishwanama mu by’ubukungu, Straton Habyarimana, yasobanuye ko inzego nkuru z’igihugu zikoresha uyu munsi mu kumurikira igihugu amahanga.

    Ati “U Rwanda rwahisemo kubaka ubukungu bushingiye kuri serivisi, kandi ubukerarugendo buyoboye izindi nzego mu kwinjiriza amafaranga igihugu. Ingagi ni cyo gicuruzwa cy’umwihariko tugira mu bukerarugendo, niyo mpamvu uyu munsi RDB (Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere) iwukoresha mu kwereka amahanga ko u Rwanda rufite ibintu by’umwihariko bitari ahandi ku Isi, ku buryo bishobora gushitura abakerarugendo. Ni umunsi uba udasanzwe, washishikaje abantu hirya no hino ku Isi kuko ntabwo inyamaswa zikunze guhabwa amazina mu birori bikomeye nka biriya. Ni amahirwe yo kwimurika.”

    Yasobanuye ko Umunsi wo Kwita Izina ingagi ari umunsi wo kwerekana no kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda hirya no hino ku Isi, “Niyo mpamvu amazina y’abita ingagi aba ari abantu bakomeye mu ngeri zitandukanye, yaba abayobozi b’ibigo bikomeye, abacuruzi bakomeye, ibyamamare n’abandi bantu bafite amazina ahambaye, kuko ingagi ntabwo zisurwa na buri wese, bityo rero bariya nibo bumvwa n’abantu bafite amafaranga bashobora gusura ingagi.”

    Mu rwego rwo kurushaho kwita ku ngagi, Leta y’u Rwanda iherutse kuzamura ibiciro byo kuzisura, bishyira kuri 1500$, ndetse amakuru akavuga ko ibi bitagize ingaruka ku igabanuka ry’umubare w’abasura ingagi.

    Uyu munsi witabirwa n’ibyamamare mu ngeri zitandukanye zirimo ibyamamare mu muziki, imikino n’izindi nzego

    Guhangana n’abaharabika isura y’u Rwanda

    Habyarimana yavuze ko muri iki gihe u Rwanda ruhura n’ibibazo birimo guharabikwa n’itangazamakuru mpuzamahanga, umuhango nk’uyu ari amahirwe yo kwerekana u Rwanda mu yindi sura nshya.

    Ati “Uyu munsi werekana ko u Rwanda rushyize imbere kwita ku bidukikije n’inyamaswa ziri mu zishobora kuzarimbuka. Iyi ngingo ni imwe mu zigezweho cyane ishobora gutuma abantu bakomeza guha u Rwanda agaciro, kuko bariya bantu bari mu bihugu birimo ibinyamakuru biharabika u Rwanda, nibo twifuza ko bazaba abashyitsi bacu kuko bafite ubwo bushobozi, ni ngombwa rero gukora ibishoboka byose tukabereka ikindi kintu cyiza gitandukanye n’ibyo birirwa babona mu itangazamakuru ryabo, kugira ngo bagirire amatsiko u Rwanda bajye barusura.”

    Yongeyeho ko iyi sura nzira ku gihugu irenga gusa kurengera ibidukikije, ikagera ku kuzamura icyizere cy’abashoramari mpuzamahanga, “Kuko muri iyi minsi hari ihangana rikomeye mu bihugu byinshi, kugira ngo igihugu kigire ishoramari rituruka hanze rihagije ni uko abashoramari bacyizera, kandi ibyo bigaturuka mu kwerekana igihugu nk’ahantu hadasanzwe.”

    Ntiwavuga ko ushaka kubaka ubukungu bushingiye ku bukerarugendo, cyangwa gukurura abashoramari mpuzamahanga benshi, udafite ibikorwa byerekana igihugu nk’ahantu h’umwihariko. Kwita Izina na logo ya Visit Rwanda kuri ariya makipe (PSG na Arsenal) nicyo bimaze, ni ibintu biha u Rwanda umwihariko mu maso y’Isi.”

    Ingufu u Rwanda rwashyize mu kurengera ingagi zatanze umusaruro kuko umubare wazo wiyongereye, ubu izimaze guhabwa amazina zigera kuri 352 kuva iki gikorwa cyatangira mu 2005. Uku kwiyongera kw’ingagi niyo mpamvu RDB yatangiye umushinga wo kongera ubuso bw’ishyamba izi ngagi zibaho, aho buzongerwaho hegitari 6,620 zingana na 23% by’ubuso bwari busanzwe. Ibi bikorwa bizatwara miliyoni 255$, bitange akazi ku baturage barenga ibihumbi 17.

    Umuhango wo Kwita Izina ufite izina riruta iryo kurengera ingagi gusa, kuko unakoreshwa mu kwerekana isura nziza y’igihugu ku rwego mpuzamahanga

    source : https://ift.tt/3ocZ4ei

  • Muhire Kevin yatangiye imyitozo muri Rayon Sports #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove, umukinnyi Muhire Kevin wari wararangije amasezerano, yongeye kugaragara mu myitozo y’iyi kipe aho bivugwa ko yamaze kumvikana na Rayon Sports kuyisinyira amasezerano mashya.

    Muhire Kevin yongeye gusubukura imyitozo muri Rayon Sports (N.B: Iyi foto ni iyo mu mwaka ushize w
    Muhire Kevin yongeye gusubukura imyitozo muri Rayon Sports (N.B: Iyi foto ni iyo mu mwaka ushize w’imikino)


    source : https://ift.tt/39IOTG3

  • Ubuhinzi bw’ibirayi bumwinjiriza asaga miliyoni 20 buri mezi atandatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubuhinzi bw
    Ubuhinzi bw’ibirayi bumwinjiriza asaga miliyoni 20 buri mezi atandatu

    Mu Kinigi, ni mu gace kegereye ibirunga ahari ubutaka bw’umukara buvanze n’amakoro, aho uwahahinze ikirayi wese yumva adashobora kuva mu mwuga w’ubuhinzi, abenshi bakahatangira aho ubuhamya bagaragaza aho bavuye n’intera bagezemo mu iterambere ryabo.

    Bariyanga Sylvestre wo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ni urugero rwiza rw’umuntu witeje imbere abikesha ubuhinzi bw’ibirayi, dore ko amaze imyaka icumi yarihebeye ubwo buhinzi bwamuzamuye mu iterambere mu gihe gito ava ku butaka bwa Are 20 agera kuri Hegitari eshanu yaguze, akaba ari zo akoreraho ubwo buhinzi ahanini bwo gutubura imbuto y’ibirayi, aho ubu bumwinjiriza miliyoni zisaga 20 z’Amafaranga y’u Rwanda buri mezi atandatu.

    Abakozi be ngo bamwigiraho byinshi
    Abakozi be ngo bamwigiraho byinshi

    Ni umugabo udakunda kugaragaza ibyo yagezeho, aho yabwiye Kigali Today ko kwigamba abifata nko kwiyemera, ariko aza kwemera gutanga ubuhamya nyuma y’uko asobanuriwe ko biri mu nyungu z’Abanyarwanda benshi, aho bushobora kubabera isomo bakamwigiraho, ndetse na bo bakaba babasha kwiteza imbere.

    Ubwo yatambagizaga Kigali Today mu mirima ye ibiri minini ihinzemo ibirayi, mu bigaragarira amaso, ni uko bihinze mu murima we bifite itandukaniro n’ibihinze mu mirima ikikije iye, aho bifite ubwiza bubereye amaso, ibanga ngo ni ubumenyi abifiteho mu mahugurwa yagiye ahabwa na RAB, avuga kandi ko kumenya gutoranya imbuto nziza no guhingira ku gihe ari ingenzi ku muhinzi wifuza umusaruro utubutse, ubundi ngo agakora umwuga akunze ntabiharire abakozi ahubwo nawe akaba abikurikirana umunsi ku wundi.

    Imbuto y
    Imbuto y’ibirayi yo mu cyiciro cya kane

    Bariyanga, avuga ko yatangiye ubuhinzi bw’ibirayi nyirizina mu mwaka wa 2010, mu isambu yari afite ya Are 20, ngo nyuma yo kubona ko ari umuhinzi mwiza yahawe amahugurwa atoranywa muri bake bemerewe gutubura imbuto ihabwa abahinzi, nibwo yatangiye kubona ko ubuhinzi bw’ibirayi bwakiza ababukora.

    Ati “Natangiye ubuhinzi bw’ibirayi muri 2010, kandi mbona bigenda binteza imbere nk’umuryango wanjye n’igihugu muri rusange. Kuba ibirayi mu mirima yanjye bisa neza, bisaba kubyitaho ubigire ibyawe ntubiharire abakozi kuko igihingwa cy’ikirayi gipfa vuba, niyo mpamvu bisaba ko ugihora hafi kugira ngo imbuto usaruye uyihe abaturage uzi ko ubahaye imbuto nziza, ikindi icyamfashije ni amahugurwa nahawe, ibyo bimfasha gusobanukirwa n’ubwiza bw’imbuto mpinga”.

    Arongera ati “Ubu namaze kugura ubutaka bwa Hegitari eshanu ni zo ntuburiraho imbuto y’ibirayi, umusaruro ni hagati ya toni 15 na 20 kuri hegitari imwe, toni nke nsarura navuga ko ntabura 75 muri buri sizeni”.

    Yamaze kubaka inzu ijyanye n
    Yamaze kubaka inzu ijyanye n’icyerekezo

    Bariyanga avuga ko iyo amaze gutubura iyo mbuto, abona amafaranga ahagije aho muri toni 75 asarura mu mezi atandatu, akubiye ku mafaranga 300 agurisha ikiro cy’imbuto, bingana n’amafaranga asaga miliyoni 22, birumvikana ko abona ayo mafaranga avanyemo ibyo yakoresheje mu buhinzi, dore ko igiciro nyacyo cy’imbuto cyemejwe na RAB ari amafaranga 450 ku kiro.

    Uwo mugabo aremeza ko ubuhinzi bw’ibirayi akora bwo gutubura imbuto, ari umusanzu ukomeye aha igihugu cye, dore ko abaturage bahoze bajya gushaka imbuto y’ibirayi mu gihugu cya Uganda, hakaba ubwo bazanye imbuto irwaye bahinga bagahomba, ariko ubu abaturage bakaba bishimiye imbuto abaha.

    Ati “Habayeho igihe twahoraga duteze amahirwe ku baturanyi bacu bo muri Uganda, rimwe abaturage bakazana imbuto bakuye muri icyo gihugu itizewe, twahinga ibirayi bigapfa tugahomba, ariko ubu biroroshye cyane aho baduhereye amahugurwa n’inama mu butubuzi bw’ibirayi twabigize ibyacu. Njye mbona ari umusanzu ukomeye ndimo gutanga ku gihugu cyanjye, binteye ishema cyane kuko ibyo twumvaga ko bitashoboka byarashobotse, dore nk’iyi mirima yanjye nimara gusarura, imbuto izagera ku bahinzi benshi nanjye binteze imbere”.

    Inzu Bariyanga yabanagamo n
    Inzu Bariyanga yabanagamo n’umuryango we

    Usibye izo hegitari eshanu z’ubutaka yaguze anahingamo ibirayi, ngo uwo mwuga wamusigiye n’ibindi bikorwa binyuranye birimo ubworozi, aho yoreye inka atashatse kuvuga umubare, aniyubakira inzu ya kijyambere yamutwaye miliyoni zisaga 20, nyuma y’uko ngo yabaga mu nzu afata ko yari idahesheje agaciro umuryango we.

    Uwo mugabo ufite imodoka nziza atemberamo, avuga ko abana be biga neza kandi mu mashuri meza, aho afite intumbero zo kongera ubutaka ahingaho bukava kuri hegitari eshanu zikagera ku icumi.

    Mu bakozi 25 akoresha, na bo biteje imbere aho akomeza kubagira inama yo gukora ubuhinzi bw’umwuga, nk’uko na we abikora ku buryo abamaze kugira ubumenyi na bo bajya kwikorera, ubuhinzi bw’ibirayi bukabateza imbere bagendeye ku bumenyi bamurahuyeho.


    source : https://ift.tt/3EXqr23

  • #COVID19: Abantu 6 bitabye Imana, abanduye babonetse ni 143 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitabye Imana ni batandatu, bakaba ari abagore batatu n’abagabo batatu.

    Umuntu umwe yasezerewe mu bitaro, ababishyizwemo ni batatu, naho abarembye ni 9.

    source : https://ift.tt/3oay2o0

  • Nyabugogo: Imodoka ebyiri zipakiye ibiribwa ziragonganye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umushoferi w’imodoka ya Alfa wabonye iyo mpanuka iba avuga ko imodoka yari itwaye ibitoki iva mu cyerekezo cyo kwa Mutangana yagonganye n’itwaye ibirayi yavaga mu cyerekezo cyo mu Gatsata izamuka igana i Kimisagara.

    Uyu mushoferi mu gusobanura impamvu imodoka yagongana n’indi kandi “Feux Rouges” zibanza guhagarika iziva mu bindi byerekezo, yagize ati “Ibyo ari byo byose hari umwe mu batwaye izo modoka wishe amategeko.”

    Undi mushoferi witwa Jean Paul(nta rindi zina yifuje kuvuga) yagize ati “Imodoka yarenze kuri ‘feux rouges’ itabyemerewe ni iyari itwaye ibitoki yavaga mu cyerekezo cyo mu Gatsata.”

    Abari batwaye ibyo binyabiziga byombi bose ni bazima ariko uwari utwaye ibirayi ngo ni we waba yacitse amaguru, uw’ibitoki we akaba yavuyemo agifite ingingo nzima.
    Inzego zishinzwe umutekano zihutiye kuhagera kugira ngo zikurikirane iby’iyi mpanuka.

    Iyi nkuru turacyayikurikirana…

    source : https://ift.tt/2Zxnbdr