Tag: featured

  • Virusi itera SIDA ntabwo ikirimo kugaragara ku bafashe imiti neza – RBC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RBC na RRP+ batangije ubukangurambaga bwiswe U=U bwo gusaba abafite agakoko gatera SIDA kunywa neza imiti bahabwa
    RBC na RRP+ batangije ubukangurambaga bwiswe U=U bwo gusaba abafite agakoko gatera SIDA kunywa neza imiti bahabwa

    Umuyobozi muri RBC ushinzwe ubuvuzi bw’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina na Hepatite, Dr Janvier Serumondo, avuga ko ibi byavuye mu bushakashatsi bwakozwe ku rwego mpuzamahanga.

    Dr Serumondo yagize ati “Iyo ufata imiti neza kwa muganga barapima virusi ntibazibone, icyo gihe ubasha kuba utakwanduza abandi, ni cyo bivuze. Ariko ntibivuga ko wakize, bisaba gukomeza iyo gahunda kuko uba ugifite virusi nke cyane zitagaragazwa n’ibipimo”.

    Avuga ko gufata imiti neza bivuze kudasimbuka umunsi n’umwe, ndetse no kubahiriza isaha umuntu asanzwe ayifatiraho.

    Kugeza ubu imiti igabanya ubukana bwa SIDA iracyari ibinini, n’ubwo ngo hazagera igihe umuntu akajya yitera urushinge inshuro nk’ebyiri mu mwaka.

    Dr Serumondo avuga ko iki gisubizo gishobora kuzaza mu myaka iri imbere ariko atamenya neza.

    RBC hamwe n’Urugaga rw’Abafite Virusi itera SIDA mu Rwanda (RRP+), batangije ubukangurambaga bwiswe “Uwagabanyije Virusi=Utanduza Virusi (U=U)”, bugamije kubwira abafata imiti igabanya ubukana bwa SIDA kubikora neza kugira ngo barinde ubuzima bwabo n’ubw’abandi, ndetse banakumire akato bahabwaga.

    Abafite virusi ya SIDA bafata imiti neza ubu ntabwo ibagaragaraho, ndetse nta n
    Abafite virusi ya SIDA bafata imiti neza ubu ntabwo ibagaragaraho, ndetse nta n’ubwo bashobora kwanduza abandi

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RRP+, Sage Semafara, avuga ko mu banyamuryango barenga ibihumbi 140 bari hirya no hino mu gihugu, 91% bageze ku rwego rwo kutagaragaza virusi itera SIDA ndetse no kutanduza abandi, kubera gufata neza imiti bahabwa.

    Ati “Amahirwe yo kubaho ku bafite virusi itera SIDA yariyongereye, ushobora kubaho ubuzima bwose Imana yakugeneye, ubu wapfa wisaziye nk’undi wese udafite virusi itera SIDA”.

    Avuga ko gahunda yo gufata imiti neza imaze kugabanya kwiheba n’akato, ndetse ko umugabo n’umugore ubu babana bakarambana umwe afite virusi undi ntayo afite, kandi bakabyara umwana udafite virusi.

    Umugabo w’imyaka 64 witwa Kamanzi Simon, avuga ko yamenye ko yanduye virusi itera SIDA mu mwaka wa 2001(ubu hashize imyaka 20), ariko agakeka ko yayanduye mu mwaka wa 1995.

    Kamanzi w’umufundi, ahora atwara igare buri munsi kuva i Nyagasambu aza i Kigali mu kazi akongera agasubirayo, nta kibazo na kimwe afite kuva yatangira kunywa imiti igabanya ubukana bwa SIDA.

    Kamanzi ati “Hari igihe abantu bageze ubwo bavuga ngo ‘uriya musaza arabeshya, twari tuzi ko agomba gupfa none igihe cyo gupfa cyararangiye’, igare ndaritwara kandi mfite imbaraga, nzahitanwa n’ikindi kitari SIDA, ibanga nta rindi, ni ugufata imiti neza”.

    Kamanzi ni umwe mu bakorerabushake (abajyanama b’urungano) barenga 5,000 bari hirya no hino mu gihugu biyemeje kwegera abandi bafite virusi itera SIDA, kugira ngo babarinde kwiheba, babafashe gufatira imiti ku gihe, kurwanya akato no gukangurira abantu kujya kwipimisha bakamenya uko bahagaze.

    Ikigo RBC kivuga ko u Rwanda hari aho rumaze kugera ku ntego z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (UNAIDS), ziteganya ko mu mwaka wa 2030 abenegihugu bangana byibura na 90% bazaba bipimisha SIDA bakamenya uko bahagaze.

    Izo ntego kandi zigakomeza zivuga ko mu bisanze baranduye virusi itera SIDA, byibura 90% bagomba kubona imiti, ndetse ko mu bari ku miti byibuze 90% bagomba kuba batagaragaza virusi.

    Abakangurira abandi gufatira imiti ku gihe bahawe ibihembo n
    Abakangurira abandi gufatira imiti ku gihe bahawe ibihembo n’ibikoresho bibafasha

    Dr Serumondo avuga ko kugeza ubu abipimisha bakamenya uko bahagaze bageze kuri 86%, abanduye bafata imiti bakaba ari 97% ndetse abatakigaragaza virusi kubera gufata imiti neza ubu ngo bangana na 90%.

    Nyuma y’umwaka wa 2030 ubwo UNAIDS izaba irimo gutanga indi ntego y’imyaka 15 yo kugira byibura 95% bipimisha, 95% bahabwa imiti na 95% batagaragaza virusi, u Rwanda rwo ngo ruzaba rwarayigezeho kera.

    Ubukangurambaga bwa U=U n’ubwo buzamara amezi atatu bukorwa ku buryo bw’umwihariko na RRP+ ku bigo nderabuzima, RBC iteganya ko ari gahunda izakomeza igihe cyose SIDA ikivugwa mu Rwanda.


    source : https://ift.tt/3md4C63

  • Ibihugu 14 gusa bya Afurika ni byo bimaze gukingira 10% by’abaturage Covid 19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo ahanini biterwa n’uko gahunda yo gusaranganya inkingo ku isi mu bihugu bikennye izwi nka Covax, itashoboye kubona dose zihagije ngo zigere hose uko bikwiye.

    OMS ivuga ko Seychelles, Maurice na Maroc bageze ku kigero kinini cyo gukingira, kuko bageze hejuru ya 40%.

    Ibyo ngo babifashijwemo na gahunda zabo zikomeye zo gukingira, ingano y’igihugu ndetse n’abaturage bacyo.

    Ibindi bihugu byabashije kugera ku ntego y’isi yo gukingira icyorezo cya Covid 19 uko bikwiye ni Tunizia, Eswatini, Cape verde, Botswana, Comoros, Zimbabwe, Guinee equatorial, Afurika y’Epfo, Mauritania, Lesotho n’u Rwanda.

    Igitangazamakuru cy’Abongereza, BBC, kivuga ko Abanyafurika 4% ari bo bakingiwe byuzuye ugereranije na 60% mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi (EU).

    Covax yari yarateguye kugeza muri Afrika dose zigera kuri miliyoni 300, ariko yashoboye kugura dose miliyoni 5 zonyine nyuma yuko ibihugu bikize biguze byinshi bigashyira mu bubiko bwabyo.

    source : https://ift.tt/3mbBzQg

  • ‘Messengers Singers’ bagiye gukorera igitaramo kuri YouTube #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Messengers Singers
    Messengers Singers

    Umuyobozi wa Messengers Singers, Ishimwe Emile, aganira n’Itangazamakuru yavuze ko indirimbo Urahambaye yakiriwe neza n’abakunzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bibatera imbaraga zo kwifuza gutaramira abakunzi babo bifashije ikoranabuhanga (YouTube).

    Ati “Indirimbo kugeza ubu yakiriwe neza cyane. Byatumye dutekeza ku yindi mishinga tugiye gukurikizaho, harimo igitaramo tuzakorera kuri YouTube ndetse n’Indirimbo twatangiye gukora muri studio”.

    Ishimwe ati “Messengers Singers izakora igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana mu mpera z’umwaka hifashishizwe ikoranabuganga rya YouTube”.

    Indirimbo ‘Urahambaye’ irimo amagambo y’Isanamutima hari aho baririmba bati ‘Mana nyir’irema urahambaye, nta kiriho nakimwe kitagenwe nawe duciye mu mitima inyuzwe tukwerereza shimwa”.

    Iyo ndirimbo yakozwe na Bruce & Boris mu buryo bw’amajwi mu gihe amashusho yayo yafashwe, anatunganywa na Mucyo Serge.

    Messengers Singers igizwe n’abaririmbyi umunani, bafite umwihariko wo kugira amajwi anyura amatwi.

    Messengers Singers yamenyekanye mu ndirimbo nyinshi zitandukanye harimo Umusumari, Iyo avuze, Nyuma ya byose na Izi impamvu, yakunzwe cyane mu Rwanda no mu mahanga.

    Ibihangano by’iri tsinda bikundwa na benshi ariko bikaba umwihariko ku bayoboke b’Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi.

    Messengers Singers yashinzwe ku wa 30 Kamena 2009, igizwe n’abaririmbyi umunani, yatangiriye ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo muri Collège Adventiste de Gitwe mu Karere ka Ruhango mu Majyepfo y’u Rwanda, kugeza ubu ifite album ebyiri z’amajwi na album imwe y’amashusho.


    source : https://ift.tt/3kWIT32

  • Idamange ahanishijwe gufungwa imyaka 15 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Idamange ahanishijwe gufungwa imyaka 15 nyuma yo gumwa n
    Idamange ahanishijwe gufungwa imyaka 15 nyuma yo gumwa n’ibyaha yaregwaga

    Muri Werurwe 2021 Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo rwari rwategetse ko Idamange akomeza gufungwa by’agateganyo ategereje kuburana mu mizi.

    Umucamanza yavuze ko videwo Idamange yashyize kuri YouTube zashoboraga guteza imvururu muri rubanda.

    Idamange aregwa ibyaha bitandatu bishingiye ahanini ku byo yatangarije kuri YouTube anenga Leta, ahamagarira imyigaragambyo no kuvuga ko Perezida w’u Rwanda yapfuye atabigaragariza ibimenyetso.

    Idamange yahakanye ibyaha aregwa avuga ko ari umuturage usanzwe udafite ububasha bwo gutanga amabwiriza kuri rubanda.

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Idamange Iryamugwiza Yvonne muri Gashyantare 2021, akurikiranyweho ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda.

    Ni ibyaha Idamange Iryamugwiza Yvonne yakoze, yifashishije imbuga nkoranyambaga agatangaza amagambo agaragara nk’apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.


    source : https://ift.tt/3CW3yKw

  • Umunyabigwi Manny Pacquiao yasezeye ku mukino w’iteramakofe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Manny Pacquiao
    Manny Pacquiao

    Yagize ati “Ndagira ngo nshimire isi yose by’umwihariko abaturage ba Philippines kuba baranshyigikiye nkaba mfashe uyu mwanya nkabamenyesha ko nsezeye umukino w’Iteramakofe (boxing).”

    Manny Pacquiao asezeye ku myaka 42 y’amavuko, akaba yakomeje agira ati “Birankomereye kwakira ko nsezeye kuri uyu mukino w’Iteramakofe.”

    Pacquiao yari amaze imyaka 26 muri uyu mukino. Yarwanye inshuro 72 atsindamo 62, atsindwa imikino 8, ananganya 2. Mu mikino 62 yatsinze, 39 yari (KnockOut) hanyuma 23 yayitsinze ku mwanzuro w’umusifuzi.

    Yatwaye imikandara 12 ku rwego rw’Isi akaba ari we wenyine mu mateka y’Isi watwaye imikandara mu mikino 8 y’abafite ibiro byinshi mu iteramakofe.

    Uyu mugabo w’imyaka 42 yemejwe nk’umukandida mu matora y’umukuru w’Igihugu n’ishyaka PDP Laban ryiyomoye ku rya Rodrigo Duterte uri ku butegetsi kuri ubu.

    Kuri ibyo bigwi yagezeho ku Isi nk’umwe mu bateramakofe beza, Pacquiao asanzwe ari umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Philippines.


    source : https://ift.tt/2Wpqimv

  • Equateur : Imfungwa zirenga 100 zimaze kugwa mu mirwano yazihuje #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Polisi iravuga ko yamaze guhosha imirwano y
    Polisi iravuga ko yamaze guhosha imirwano y’izo mfungwa

    Hamaze kubarurwa abagera ku 116 bazwi bamaze kugwa muri iyo mirwano, ikaba yaratewe n’ubushyamirane hagati y’amabandi ahafungiye, ibintu byabaye bibi cyane mu mateka y’icyo gihugu.

    Nibura batanu mu bishwe baciwe imitwe abandi bo bakaba barishwe mu buryo busanzwe.
    Abahafungiye ni amabandi afitanye isano n’andi acuruza ibiyobyabwenge akomoka mu gihugu cya Mexique.

    Iyo gereza ifatwa nk’imwe mu magereza ateye ubwoba kubera abantu bahafungiye baba barakoze ibikorwa by’ubugome burenze ukwemera.

    Ukuriye igipolisi muri ako gace, Fausto Buenaño, yatangaje ko abanyururu bateye za grenade, bisaba ko hoherezwa abapolisi barenga 400 ngo babashe guhosha iyo mirwano.

    Ibinyamakuru byo muri Equateur byatangaje ko abafungiye muri iyo gereza ari amabandi ashinjwa gucuruza ibiyobyabwenge afatanyije n’ayo muri Mexique.

    Kugeza ubu ntiharamenyekanya icyateye ubu bushyamirane buteye ubwoba gutyo mu gihugu cya Equateur.


    source : https://ift.tt/3kSSS9i

  • Perezida Kagame yagize icyo abwira abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro Perezida Kagame yagejeje ku bari mu nama ihuje Abanyarwanda n’Abanya-Zimbabwe bahagarariye imari n’ubucuruzi yiswe ‘Rwanda-Zimbabwe Trade and Investment Conference’ ku wa Gatatu tariki 29 Nzeri 2021, yavuze ko abavuga nabi ubufatanye hagati y’u Rwanda na Arsenal bwa ‘Visit Rwanda’, baba bibeshya kuko u Rwanda ntarwari gutanga amafaranga kuri ayo masezerano mu gihe nta nyungu ruyafitemo.

    Yagize ati “ Sinibwira ko abo bantu baba bazi ibyo bavuga, kuko niba batekereza ko u Rwanda rwafashe amafaranga rugapfa kuyatanga gutyo gusa, rukayaha abantu batanayakeneye nk’uko u Rwanda ruyakeneye, ntekereza ko aho ari ho urujijo rutangirira”.

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudakorana na Arsenal gusa, , ahubwo ubu rurakorana n’indi Kipe y’umupira w’amaguru yo mu Bufaransa yitwa ‘Paris Saint-Germain (PSG)’ kandi amasezerano n’ayo makipe yombi ngo yatangiye gutanga umusaruro.

    Perezida Kagame ati “Imwe mu nkingi z’iterambere, ni ubukerarugendo.Twashoye imari mu bukerarugendo n’ibikorwaremezo, duhugura abantu batanga serivisi zijyana nabyo,ariko ku bijyanye n’ubukerarugendo uba ukeneye abaza kubisura,”

    “ Uba ukeneye abantu baza, bakishimira ibyo igihugu gifite gitanga muri urwo rwego, ubwiza bw’igihugu, ubunararibonye n’ibindi.”

    Perezida Kagame yavuze ko atari abantu benshi bashobora kumva impamvu igihugu cyakora ishoramari nk’iryo, babihuza n’igihe cya nyuma ya 1994 ubwo igihugu cyari kongera kwiyubaka gihereye k’ubusa.

    Yavuze ko ahagana mu 1998, igihugu cyatangiye kongera kubaka ibikorwaremezo, ariko gifite amikoro makeya, icyo gihe Guverinoma yubakamo hoteli izwi nka ‘Intercontinental’.

    Perezida Kagame yavuze ko icyo gihe Guverinoma yatangiye kumva abantu batandukanye bayinenga, bavuga ko irimo isesagura amafaranga.

    Yagize ati “Oh, murubaka hoteli y’inyenyeri eshanu (5). Kubera iki? Mu by’ukuri batekerezaga ko nta bwenge dufite. Twaricecekeye, turavuga tuti nta kibazo,nyuma y’imyaka itanu, nibwo muzamenya ibyo turimo.”

    Yavuze ko Guverinoma ifata icyemezo cyo kubaka iyo hoteli bwari uburyo bumwe bwo guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo.Kwari ukugira ngo abantu baza mu Rwanda bajye babona aho baruhukira kandi heza, kuko ubundi ngo hari abantu bahitamo kutaza mu gihugu mu gihe nta hantu ho kuruhukira heza bihitiyemo.

    Ati “ Aha harimo kwivuguruza, abantu bakavuga ko urimo kwangiza amafaranga, wubaka ibikorwaremezo, ariko icyo gikorwaremezo cyari cyubatswe kubera impamvu. Mu gihe gito, Hoteli yakoze neza, turayigurisha, twishyura inguzanyo”.

    Yavuze ko Guverinoma itari yubatse iyo hoteli ishaka gukora ‘business’ ya hoteli, ahubwo ngo yari yubatswe kugira ngo ikoreshwe icyo yagombaga gukoreshwa, nyuma yegurirwe abikorera. Icyo gihe ngo hari hakenewe hoteli nziza, kandi abikorera ntibari gusabwa kuyubaka, kuko bari bafite ibindi barimo byihutirwa kurushaho, ni yo mpamvu Guverinoma yayubatse kuko itari kubitegeka abikorera.

    Yagize ati “ Iyo ntegereza kubwira abikorera kubaka hoteli y’inyenyeri eshanu,nubu baba batarayubaka, ariko kuko nayubatse, ikaba yari iri aho bayibona imbere yabo, yarabakuruye, umwe muri abo ati, ‘Uzi n’ibindi? Ndashaka iriya hoteli.”

    Ubufatanye na Arsenal burimo gutanga umusaruro

    Ku bijyanye n’ubukerarugendo, Perezida Kagame yavuze ko ubufatanye bwa ‘Visit Rwanda’n’ikipe ya Arsenal bwazamuye imibare y’abasura u Rwanda.

    Perezida Kagame ati “ Ubufatanye dufitanye na Arsenal bwakuriye abantu benshi baza mu Rwanda, bizanira igihugu amafaranga menshi kurusha ayo twahaye Arsenal.”

    Ati “Ntibasaba ko uba uri umuntu uzi ibya ‘business’ cyane kugira ngo wumve ibi. Nanjye sindi umuntu uzi ‘business’ cyane, ariko ntekereza ko kuri iki cyo, twabikoze neza kandi si abanyafurika benshi banenze ubu bufatanye”.

    Yavuze ko n’abibikoze bagendeye ku byo bimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi, cyane cyane u Bwongereza bwanenze u Rwanda kuri ubwo bufatanye na Arsenal, kuko buha u Rwanda amafaranga y’inkunga.

    Yagize ati “ Baravuga bati, uzi ko u Rwanda rurimo gupfusha ubusa amafaranga yacu, kuko batanga inkunga si byo?Ariko ni hahandi n’ubundi baribeshya. Niba umpa inkunga se ushaka ko nyikoresha nte?ariko se kuki wantegeka uko nyikoresha?”

    “Niba ushobora kumpa miliyoni 50, noneho mu gukoresha izo miliyoni 50, nkungukira igihugu miliyoni 300, kuki ibyo wabimpora? Icyo gihe haba harimo ikintu kitagenda neza”.

    Perezida Kagame yavuze ko icyo kibazo cyageze aho kizamo ibya politiki binyuze mu kunenga, iyo akaba ari yo mpamvu aterekereza ko hari abanenga bitewe n’urujijo bafite, ariko ngo u Rwanda rwishimiye umusaruro rukura muri ubwo bufatanye.

    Perezida Kagame kandi, yashimangiye ko nubwo ari umufana w’ikipe ya Arsenal mu myaka isaga 35, ibyo bikaba ari nk’akarusho, ariko ngo ubufatanye n’ikipe ya Arsenal bwabayeho kubera impamvu zo guteza imbere ubukerarugendo kimwe n’uko bimeze ku Ikipe ya ‘Paris Saint Germain(PSG)’.

    Yavuze ko ubu yahise aba umufana w’iyo kipe yo mu Bufaransa irimo abakinnyi b’ibyamamare nka Lionel Messi, Neymar na Kylian Mbappé.

    source : https://ift.tt/3upLeq4

  • Masudi Juma yavuze ku banya-Maroc, Manace Mutatu ndetse n’ikibazo cy’umunyezamu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu ikipe ya Rayon Sports yakinnye umukino wayo wa gatatu wa gicuti, umukino yatsinzwemo na Gorilla Fc igitego1-0, cyatsinzwe na Nizeyimana Jean Claude uzwi nka Rutsiro, umukinnyi wari winjiye mu kibuga asimbuye.

    Rayon Sports yabaje mu kibuga

    Rayon Sports yabaje mu kibuga

    Abakinnyi 11 ba Gorilla FC babanje mu kibuga

    Abakinnyi 11 ba Gorilla FC babanje mu kibuga

    Muri uyu mukino, abakinnyi babiri bakomoka muri Maroc iyi kipe yatijwe na RAJA Cassablanca, bakinaga umukino wabo wa mbere muri iyi kipe nyuma yo kugera mu Rwanda. Ayoub Ait Lahssaine ukina mu kibuga hagati ni we wari wabanjemo, gusa yakinnye iminota mike aza kuvunika arasimbuzwa.

    Ayoub Ait Lahssaine yavunitse nyuma y
    Ayoub Ait Lahssaine yavunitse nyuma y’iminota mike yari amaze gukina

    Rharb Youssef ukina nka rutahizamu cyangwa akaba yanakina asatira nka rutahizamu ariko unyura ku mpande, yakinnyi iminota 45 y’igice cya kabiri ndetse aza no gushimwa n’abakurikiye uyu mukino.

    Umutoza Masudi Juma yavuze ko hakiri impinduka zigomba gukorwa mu bakinnyi
    Umutoza Masudi Juma yavuze ko hakiri impinduka zigomba gukorwa mu bakinnyi

    Umutoza Masudi Juma nyuma y’uyu mukino aganira n’itangazamakuru yavuze uko yabonye aba bakinnyi, aho avuga ko yizeye ko hari icyo bazafasha Rayon Sports nibamara kumenyerana na bagenzi babo.

    Yagize ati “Umupira si film abantu bose barakureba, niba abantu bose mwarebye ko bazi gukina na Masudi yabibonye, icya mbere azi gufata umupira agatanga passe, nta mwarabu utazi gukina ngira ngo babuze uko binjira mu mukino, naho umupira mu maguru barawufite kandi ngira ngo bazadufasha”

    Kuri Manace Mutatu uteri guhabwa iminota ihagije yo gukina, ndetse n’umukino w’ejo akaba yarasimbuye nyuma y’iminota mike akongera agasimburwa, Masudi yavuze ko bitagakwiye guteza ikibazo kuko muri uriya mukino yashakaga kugerageza abakinnyi bose ngo bakine.

    LEANDRE WILLY ESSOMBA ONANA uheruka gusinyira Rayon Sports yakinnye igice cya mbere gusa
    LEANDRE WILLY ESSOMBA ONANA uheruka gusinyira Rayon Sports yakinnye igice cya mbere gusa

    Masudi Juma kandi yavuze ko bakiri gutekereza ku munyezamu umwe, n’ubwo bafite abanyezamu batatu barimo Bashunga Abouba, Hakizimana Adolphe ndetse na Hategekimana Bonheur, hari amakuru avugwa ko iyi kipe iri kuganira na Kwizera Olivier ngo abe yagaruka mu ikipe.

    Hon. Bernard Makuza wahoze ayobora Sena y
    Hon. Bernard Makuza wahoze ayobora Sena y’u Rwanda, yari yaje kureba uyu mukino
    Uwayezu Jean Fidele, Perezida wa Rayon Sports yari yitabiriye uyu mukino
    Uwayezu Jean Fidele, Perezida wa Rayon Sports yari yitabiriye uyu mukino
    Perezida wa Gorilla FC Hadji Youssuf Mudaheranwa akurikirana uyu mukino
    Perezida wa Gorilla FC Hadji Youssuf Mudaheranwa akurikirana uyu mukino


    source : https://ift.tt/3ofJv5M

  • Abaturiye Pariki ya Gishwati-Mukura barashima iterambere bagejejweho #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Batunganyirijwe inzuri bituma aborizi badasubira kuragira muri pariki
    Batunganyirijwe inzuri bituma aborizi badasubira kuragira muri pariki

    Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije REMA, Kabera Juliet, avuga ko umushinga wa LAFREC wafashije abaturiye icyanya cya Gishwati-Mukura kubona inzuri zikoze kurusha uko bajyagamo gushaka ubwatsi, bahawe amazi, bahabwa aho bororera inzuki ndetse n’aho kubucururiza hamwe no gufata neza ubutaka bwabo, hakorwa amaterasi y’indinganire ndetse no gutera amashyamba.

    Abaturage baturiye Pariki ya Gishwati-Mukura bemera ko ibikorwa byo gusana icyo icyanya byatumye umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byiyongera kuko bakorewe inzuri nziza kandi zifite amazi, ubutaka bwabo burindwaho isuri.

    Havugimana utuye mu Murenge wa Mukura, Akarere ka Rutsiro avuga ko umushinga LAFREC wabahaye inka, bivuze ko ubutaka bwabo bwagizwe ubuhumekero bwa Pariki.

    Ati “Twahisemo kubukoreraho ubworozi kuko kubuhingaho twasanze bigira ingaruka kuri Pariki n’inyamaswa zazaga kutwonera.”

    Abaturage bafashijwe kutongera kwinjira muri pariki
    Abaturage bafashijwe kutongera kwinjira muri pariki

    Ubuyobozi bwa REMA buvuga kandi ko umushinga wa LAFREC usize umurage urambye wo kugarura urusobe rw’ibinyabuzima no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe mu Rwanda, hamwe no guhindura imiterere ya Gishwati-Mukura yagizwe parike nshya y’igihugu n’icyanya UNESCO ifata nk’urusobe rw’ibinyabuzima biteza imbere ubuzima bw’Abanyarwanda barenga 40.000.

    Umushinga umaze imyaka itandatu wita ku bikorwa byo gusana Gishwati wongereye agaciro k’ibiti, ushyiraho ahantu hashya h’ibikorwa remezo, kandi bituma igihugu kirushaho guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

    Kuva mu mwaka wa 2015, Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri REMA yashyize mu bikorwa umushinga wo gusana no kubungabunga amashyamba (LAFREC) ku nkunga y’ikigo cy’ibidukikije ku isi (GEF) binyuze muri Banki y’isi.

    Muri 2017, umushinga waguwe ku nkunga y’ikigega cy’Amajyambere cya Nordic hagamijwe kunoza imikorere no kuramba kw’ibiti bitwikwamo amakara.

    Juliet Kabera avuga ko umushinga wa LAFREC warinze abaturage konona amashyamba, agira ati “Umushinga LAFREC wadufashije gusubiranya amashyamba yari yarangirijwe n’abatema ibiti, abacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, ndetse iyo uyu mushinga utaza ishyamba rya Pariki ya Gishwati-Mukura bari kuba bararimaze baritema, ariko ubu, ryarenze kuba Pariki rinashyirwa mu byanya birinzwe ku Isi na UNESCO”.

    Akomeza agira ati “Turashimira abaturage bagize uruhare mu mushinga, abafatanyabikorwa bacu babishyira mu bikorwa ubwitange n’umurimo wabo, ndetse n’abafatanyabikorwa bacu batera inkunga barimo ikigo cy’ibidukikije ku isi, Ikigega cy’iterambere cya Nordic na Banki y’isi ku nkunga yabo, kuko umushinga utafashije gusana icyanya no kugarura urusobe rw’ibinyahuzima gusa, ahubwo wafashije ibihumbi by’abaturage kwiteza imbere”.

    Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Rolande Pryce, ashima Leta y’u Rwanda ku mbaraga ishyira mu kwita ku bidukikije.

    Ati “Binyuze muri uyu mushinga, twashyigikiye ingufu z’u Rwanda mu gukoresha ubushobozi bw’amashyamba ndetse n’ibinyabuzima byo ku isi, mu rwego rwo kugabanya ubukene, kugira uruhare mu kuzamura ubukungu, no gushimangira serivisi z’ibidukikije mu karere ndetse no ku isi hose.”

    Kugarura imiterere ya Gishwati-Mukura yari yarangiritse mbere, byongereye agaciro umusaruro n’ibidukikije.

    Uwo mushinga watumye hasanwa Hegitari 603 za zone ya parike ya Gishwati-Mukura, hasanwe Hegitari 32 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Hegitari 283 z’ibiti byatewe imbere muri Pariki, hatewe Hegitari 634 z’ishyamba rusange, Hegitari 446 z’ubutaka zagizwe ubuhumekero bwa Pariki.

    Ingo 219 zo mu Karere ka Nyabihu zahawe amazi meza, na ho abantu 3,530 bahawe amazi meza mu bigo bya Leta nk’amashuri n’ ibigo nderabuzima.

    Ubuyobozi bwa Banki y
    Ubuyobozi bwa Banki y’isi bwashimye ibyakozwe

    Mu Karere ka Rutsiro ingo 2,849 zatewe inkunga binyuze mu bikorwa byo kuzamura imibereho hatangwa inka 791, ingurube 104, ihene 720 n’intama 3,011, ingo 30 zo mu Karere ka Ngororero zahawe amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, na ho 53% by’abungukiye mu mushinga ni abagore.

    Bubatse ubushobozi bw’iteganyagihe hashyirwaho Sitasiyo 22 za ‘hydrometeo’ ndetse hashyirwaho sisitemu 13 zo gukingira inkuba ku bigo bya Leta.


    source : https://ift.tt/3uydNBW

  • Abarokotse Jenoside bo mu turere 10 batangiye kwigishwa gukora imishinga iciriritse – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa uyu muryango uvuga ko kigize ibyiciro by’isanamatima kuko abagenerwabikorwa bawo barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Kuri uyu wa Gatatu ni bwo hatangiye kwigishwa abo mu turere twa Huye, Nyanza, Nyaruguru, Nyamagabe, Kamonyi, Rusizi, Nyagatare, Gatsibo na Ngoma. Bari kwigishwa ibijyanye no guhagarara neza ku byerekeye amafaranga no gukora ibikorwa bibyara inyungu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa GAERG, Nsengiyaremye Fidèle, yavuze ko izo nyigisho zigamije kubaka isanamitima n’ubudaherenwa, akaba ari gutangwa mu mushinga witwa Community Based Sociotherapy- Aheza.

    Ati “Ni umushinga ugamije kubaka isanamitima n’ubudaheranwa. Twabanje gukorana nabo urugendo rwo kwiyubaka mu by’amarangamutima no kurwanya ihungabana, ariko tugeze ku cyiciro cyo kubunganira mu bikorwa bibyara inyungu kuko bamaze gukira ibikomere.”

    Yavuze ko ubumenyi bari kubongerera bugamije kubafasha kubyaza umusaruro amahirwe ari aho batuye.

    Bamwe mu bari kongererwa ubumenyi babwiye IGIHE ko bamaze kunguka ibyiza birimo kwizigamira kandi hari imishinga batekereje bagiye kwiga uko bayishyira mu bikorwa.

    Mukashyaka Alphonsine wo mu Karere ka Huye ati “Umushinga numvise ngiye gushaka uko nakora ni uwo guhinga imboga n’imbuto nkagemura ku isoko kandi n’umuryango wanjye ukabona ibyo kurya bihagije.”

    Ntakirutimana Aloys na we yavuze ko muri GAERG yungukiyemo urukundo no kubana n’abandi neza, none kuri ubu yamenye n’ibyiza byo gukorana n’ibigo by’imari ndetse no gukora imishinga iciriritse.

    Ati “Izi nyigisho bari kuduha ziri kudufasha kunguka ibitekerezo ku mishinga twakora yatuvana mu bwigunge tugakora ibikorwa biduteza imbere. Umushinga natekereje ni uw’ubworozi bw’inkoko.”

    Mu turere 10 turi gutangirwamo izo nyigisho, GAERG ifitemo amatsinda 100 ahurije hamwe abagenerwabikorwa bayo.

    Inyigisho bari guhabwa ziramara iminsi ibiri kuko zisozwa ku wa kane tariki ya 30 Nzeri 2021.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa GAERG, Nsengiyaremye Fidèle, yavuze ko izo nyigisho zigamije kubaka isanamitima n’ubudaherenwa

    Abaganerwabikorwa ba GAERG mu turere 10 bari kwigishwa gukora imishinga iciriritse

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3kS2ykv