Tag: featured

  • Akarere ka Musanze kungutse aba Dasso bashya 26 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Biyemeje gukora neza akazi batangiye
    Biyemeje gukora neza akazi batangiye

    Ni umuhango wabereye ku biro by’Akarere ka Musanze tariki 30 Ugushyingo 2021, aho abo ba Dasso bashya barahiriye kuzuza neza inshingano bashinzwe, bahabwa impanuro zinyuranye.

    Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Rucyahana Mpuhwe Andrew, wari uyoboye uwo muhango, mu mpanuro yatanze, yibukije aba Dasso kuba igisubizo cy’iterambere ry’akarere n’igihugu barangwa n’imyifatire myiza.

    Ati “Discipline, ni yo igomba kubaranga kandi ni na yo nkingi ikomeye izabafasha kuzuza inshingano, murasabwa kubaha akazi muhawe mukitabira ku gihe, muzirinde ruswa n’izindi ngeso mbi zatuma muteshuka ku nshingano murahiriye”.

    Akarere ka Musanze gafite aba Dasso 105, barimo 79 basanzwe mu kazi na 26 bashya. Umwe muri abo ba Dasso barahiriye inshingano, yavuze ko amasomo bahawe mu mahugurwa bamazemo amezi atatu, bayigiyemo byinshi bizabafasha gutunganya akazi batangiye.

    Ati “Mu mezi atatu tumaze i Gishari twize byinshi, twiteguye guharanira umutekano w’abaturage dufatanyije n’izindi nzego z’ubuyobozi n’inzego zinyuranye z’umutekano, ndatekereza ko umusanzu wacu mu iterambere ry’igihugu uzagaragarira buri wese”.

    Aba Dasso bashya 450 baturutse mu turere 12 ni bo basoje amahugurwa
    Aba Dasso bashya 450 baturutse mu turere 12 ni bo basoje amahugurwa

    Barahiye nyuma y’uko basoje amasomo yabo tariki ya 11 Ugushyingo 2021, bari bamazemo amezi atatu mu Ishuri rya Polisi rya Gishari, aho mu gihugu hose ayo mahugurwa yakozwe na 452 bayasoza ari 450, babiri muri bo ntibabasha kuyasoza.
    Muri 450 basoje aya mahugurwa, 93 ni igitsinagore, abo binjiye muri Dasso bakaba bagize icyiciro cya gatatu cy’aya mahugurwa, aho baturutse mu turere twa Kayonza, Gakenke, Gatsibo, Kicukiro, Kirehe, Musanze, Ngororero, Nyagatare, Nyamasheke, Nyanza, Rutsiro na Rwamagana.

    Ni mu gihe biteganyijwe ko hazahugurwa undi mu bare w’aba Dasso baturutse mu tundi turere tutagaragaye mu dufite aba Dasso 450 batangiye inshingano.

    Tariki ya 11 Ugushyingo 2021 nibwo aba Dasso bashya 450 basoje amahugurwa
    Tariki ya 11 Ugushyingo 2021 nibwo aba Dasso bashya 450 basoje amahugurwa


    source : https://ift.tt/31rqsvI

  • Internet yabaye ingenzi cyane mu gihe cya COVID-19: Uko u Rwanda ruteganya kuyikoresha na nyuma y’icyorezo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bunguranye ibitekerezo ku ikoreshwa rya Internet mu Rwanda
    Bunguranye ibitekerezo ku ikoreshwa rya Internet mu Rwanda

    Abari bahagarariye inzego za Guverinoma ndetse n’inzobere mu by’ikoranabuhanga, batanze ikiganiro, basangije abandi amasomo n’ubumenyi bungutse muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19, mu bijyanye no guha serivisi abaturage, ariko banaganira ku kibazo cy’umutekano w’abana bakoresha Interineti.

    Iradukunda Yves, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, yavuze ko u Rwanda rwateye intambwe ikomeye mu kugira serivisi zitangirwa kuri interineti, ariko icyorezo cya Covid-19 ngo cyagaragaje ko hakiri urugendo rurerure.

    Yagize ati “Hari serivisi nyinshi ubu zitangirwa kuri interineti by’umwihariko ku ‘Irembo’, ariko ntituragera aho twifuza, kuri serivisi zisaga ijana zizajya zitangirwa kuri interineti. Haracyari ibikeneye gukorwa kugira ngo abantu bamenye iby’izo serivisi zitangirwa kuri interineti ”.

    Iradukunda avuga ko akazi gakurikiyeho kazasaba u Rwanda kugira ubufatanye butandukanye bugamije kugira serivisi zitangirwa kuri interineti muri Kigali zigezwe no ku batuye mu bice by’icyaro.

    Yagize ati “Turashaka ko abantu bamenya iby’izo serivisi zitangirwa kuri interineti kuko hari nyinshi. Twe nka Guverinoma tubona ko inyinshi muri izo serivisi ziri muri Kigali gusa, ariko turashaka ko zigera no mu bice by’icyaro dufatanyije na sosiyete n’abafatanyabikorwa batandukanye bakora muri urwo rwego”.

    Ingabire Grace, Umuyobozi mukuru w’ikigo gihagarariye abakoresha Ikoranabuhanga mu Rwanda (Rwanda Internet Community and Technology Alliance – RICTA), yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyatumye Abanyarwanda bamenya ko interineti idakenewe mu buzima bw’umuntu ku giti cye gusa, ahubwo ko ikenewe no mu kazi umuntu akora, iyo ngo akaba ari yo mpamvu hakwiye kuganirwa uburyo bwiza bwo kurinda abakoresha interineti.

    Muri iyo nama hagaragajwe uruhare ikoranabuhanga ryagize mu rwego rwo koroshya itumanaho mu nzego z’ubuzima, mu burezi, muri serivisi z’ubucuruzi mu gihe cy’icyorezo, kuko ryafasha abantu kugabanya ingendo zitari ngombwa.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, wari imbere mu bashinzwe kureba iyubahirizwa ry’amabwiriza ya Guverinoma ajyanye no kwirinda Covid-19, avuga ko amakuru anyuze kuri interineti yagize uruhare rukomeye kandi ko nka Polisi bashoboye kugera ku baturage benshi binyuze kuri interineti.

    CP Kabera yavuze ko Abanyarwanda bari mu gihugu n’abari hanze yacyo, bakomezaga kubona amakuru yerekeye igihugu cyabo, bitabaye ngombwa ko bajya kuri televiziyo cyangwa Radio, akabona rero ngo ari byiza ko interineti yakomeza gukoreshwa mu rwego rwo kugera ku bantu benshi mu gihugu no hanze.

    CP Kabera ati “Interineti yatumye dushobora kugera ku baturage benshi aho bari hose, tugasangira amakuru, ibitekerezo n’ibyifuzo. Interineti ni ikintu gikomeye, na nyuma y’icyorezo cya Covid-19, dukwiye kureba uko yakoreshwa neza nk’imwe mu nzira z’itumanaho”.

    Ibyo byavuzwe muri iyo nama kandi binemezwa n’umubare w’abagura telefoni n’abakoresha interineti wazamutse nk’uko bigaragazwa n’imibare itangwa n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA).

    Gahungu James, umuyobozi ushinzwe ibyerekeranye n’ikoranabuhanga muri RURA, avuga ko uko kwiyongera kw’abakoresha interineti, bijyana no kuba ihari, intambwe ikurikiraho rero, isaba kumenya kugenzura imikoreshereze y’iyo interineti, kumenyekanisha uko ikoreshwa, kuko hasanzwe hariho amategeko agenga ibijyanye n’amakuru yo kuri interineti no kurinda ibanga ry’abayikoresha.

    Ku bijyanye no kurinda abana bakoresha interineti, Kajangwe Maurice ushinzwe ikoranabuhanga muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, yagaragaje ko ubu barimo gutegura umushinga w’itegeko rijyanye no kurinda umwana mu gihe akoresha interineti.

    Ni inkuru ya Sabiiti Daniel/KT Press yashyizwe mu Kinyarwanda na Mediatrice Uwingabire


    source : https://ift.tt/32Xv5P5

  • Abajya gusengera i Kibeho bemeza ko bahabonera ibitangaza (Ubuhamya) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe muri bo batangarije Kigali Today ibyo bahaboneye.

    Janvière Kampogo w’i Karama mu Karere ka Huye agira ati “Hariya badusomera mu ijambo ry’Imana ngo azaza mu zuba no mu kwezi, njyewe ku munsi w’ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya sinamubonye bihagije, ariko nabonye ikimenyetso gikomeye mu zuba.”

    Yungamo ati “No mu minsi ishize nari ndwaje abana Coronavirus, ndaza ndamutakambira Bikira Mariya ambera igisubizo. Yampaye abuzukuru babiri, uyu munsi naje gushima Imana.”

    Umunsi yari yaje gushima Imana ni ku itariki ya 29 Ugushyingo 2021, ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 40 i Kibeho habaye amabonekerwa.

    André wo muri Diyosezi ya Kibungo na we, nyuma yo kurara i Kibeho mu masengesho yagize ati “Uyu munsi mu gitondo, Yezu ni we wankomanze mu mutima. Numva arambwiye ngo wasuzuguye Mama kandi uzi umubabaro we. Ari urubyaro wasabye, ari abana bawe bombi batabona, urabibabariwe kandi uzabihabwa, ariko rekura ibyo ufite unkurikire.”

    Yunzemo ati “Navutse mu 1964, ntabwo nigeze ndizwa n’ubusa, kabone n’ubwo wankubita sinataka. Ariko ubu amarira yambanye menshi.”

    Umubyeyi w’i Karongi, na we nyuma y’amasengesho yahagiriye yagize ati “Imana yampaye urukundo, n’umujinya nari mfite mu mutima numvise washizemo. Kubera ko mu mbyaro 12 nari mfite, nasigaranye utwana dutatu gusa nyuma ya Jenoside. Nabonaga nk’umuntu w’aho nashakiye nkifuza ubushobozi bwo kuba nakwihorera. Ariko ibyo byose umubyeyi Bikira Mariya yabinkuriyeho, nakeye.”

    Umugabo w’i Musanze na we, nyuma yo kuhagirira amasengesho y’iminsi ibiri yagize ati “Nazanye hano icyifuzo cyo kuvuga ngo abana banjye bazabone uburyo bwo kwiga, bagire n’amanota meza. Narasubijwe kuko ubu biga bakazana n’amanota meza ndetse n’imyanya myiza.”

    source : https://ift.tt/3EmDoSe

  • Kwizera Olivier yatangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura Kiyovu (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kunganya ibitego 2-2 na Espoir Fc i Rusizi, ikipe ya Rayon Sports yahise isubukura imyitozo ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove, mu rwego rwo gutegura umukino ukomeye iyi kipe ifitanye na Kiyovu Sports.

    Muri iyi myitozo hagaragayemo umunyezamu Kwizera Olivier wari umaze atari kumwe n’iyi kipe, akaba nyuma yo gusinya amasezerano mashya yatangiye imyitozo ariko akaba yakoze imyitozo yo ku giti cye ku ruhande,hakaba hitezwe ko uyu munsi ari bwo ashobora gutangira imyitozo na bagenzi be.

    Mu bandi bakinnyi bagaragaye mu myitozo harimo umunyezamu ukiri muto Hakizimana Adolphe wari umaze iminsi afite imvune, ndetse n’umunya-Maroc Ayoub utari wajyanye n’iyi kipe i Rusizi.

    Andi mafoto yaranze imyitozo ya Rayon Sports

    source : https://ift.tt/3Gc1zTU

  • Umwiza Phionah yitabiriye irushanwa rya Miss University Africa – #rwanda #RwOT

    Yitabiriye iri rushanwa mu gihe ryaherukaga kuba mu 2018 cyane ko kuva mu 2019 ritigeze riba ku mpamvu zitandukanye, byanatumye Uwase Sangwa Odile wagombaga kurihagarariramo u Rwanda mu 2019 ataryitabira. Umunyarwanda waherukaga kuryitabira ni Umunyana Shanitah waryegukanyemo ibihembo bitatu mu 2018.

    Muri iri rushanwa, Umwiza azaba ahatanye n’abandi bakobwa baturuka mu bihugu birimo Misiri, Guinea, Eswatini, Ethiopie, Gabon, Gambia, Ghana, Guinea Conakry, Guinea Bissau, Kenya, Lesotho, Liberia, Madagascar, Malawi, Mali, Mauritania, Mauritius, Maroc, Mozambique, Namibia, Niger, Nigeria, Sao Tome & Principe, Sénégal, Seychellles, Sierra Leone, Somalia, Afurika y’Epfo, Sudani y’Epfo, Sudani, Tanzania, Tunisia, Uganda, Zambia na Zimbabwe.

    Umwiza Phionah yitabiriye irushanwa rya Miss University Africa

    source : https://ift.tt/3ojxoV1

  • Ubusabe bw’abahanzi ku bifuza kwitabira ibitaramo by’iminsi mikuru – #rwanda #RwOT

    Ibi babisabye ubwo bari bitabiriye igikorwa cyo gukingira abanyeshuri, abayobozi n’abarimu bo muri Kaminuza ya Mount Kenya kuri uyu wa 2 Ukuboza 2021, aho buzuzaga ibyangombwa by’abaje kwikingiza.

    Abahanzi bitabiriye iki gikorwa barimo Patient Bizimana, Jules Sentore, Andy Bumuntu, Alyn Sano na Mani Martin, basabye ko muri bihe by’iminsi mikuru u Rwanda rugiye kwinjiramo, Abanyarwanda bakomeza guha agaciro ingamba zo kwirinda Covid-19.

    Patient Bizimana yagize ati “Ndakangurira abantu gukurikiza ingamba zo kwirinda Covid-19, abitabira ibitaramo byacu bakaza bikingije inkingo zose kuko nk’icyo twitegura cyateguwe na EAP (East African Promoters) cyo kwishimira Noheli turasaba abantu kuzaza bikingije mu buryo bwuzuye.”

    Man Martin ati “Njyewe nk’urubyiruko kandi nk’umuhanzi ndasaba abantu bose kwitabira gufata izi nkingo kuko turabakeneye, dukeneye kongera kubataramira dukeneye kongera guhura nabo ntacyo twishisha, dukeneye kubona Abanyarwanda bari hamwe bishimye.”

    Jules Sentore nawe yunze mu ryabo asaba ko mu bihe byo kwishimira irangira ry’umwaka abantu badakwiye kudohoka. Ati “Muri ibi bihe by’iminsi mikuru ndasaba abantu ngo ntibatwarwe n’ibyishimo ngo badohoke, bakomeze kwirinda kuko icyorezo kirahari kiragendagenda mu gihugu, igikenewe nta kindi ni ugukurikiza ingamba zose zisabwa.”

    Umwe mu banyeshuri bari baje gufata urukingo rwa kabiri, Uwayo Sophie Herondine, yavuze ko kuba aba bahanzi baje kubashishikariza gufata urukingo ari urugero rwiza babonye.

    Yakomeje ati Ati “Nanjye ndashishikariza abanyeshuri bagenzi banjye kuza gufata urukingo kuko nk’ubu hano Mount Kenya nta munyeshuri wemerewe kwinjira atarakingiwe, rero aho kugira ngo uhagarike amasomo wakwikingiza kuko urukingo ni ubuzima.”

    Mu bice byose by’iri shuri ingamba zo kwirinda Covid-19 zarakajijwe ndetse mbere yo kwinjira mu kigo umuntu akaraba umuti wica udukoko ariko yajya kwinjira mu gice cyubatsemo amashuri agaterwa umuti umubiri wose.

    Umuyobozi w’iyi Kaminuza, Dr. Prog Edwin Odhuno yavuze ko ikirenze kuri ibyo ari uko abanyeshuri, abarimu n’abayobozi bose bamaze gufata nibura urukingo rwa mbere rwa Covid-19, ndetse ko ingamba zo kwirinda zigikomeje.

    Ati “Abantu bamwe bashobora gutekereza ko ari imikino ariko hari abanyeshuri bamwe babonye ko atari imikino kuko hari abarwaye, rero tugomba gukomeza kubungabunga ubuzima bwacu kuko ntabwo tuzi ngo iki cyorezo kizageza ryari ariko ndatekereza ko turi mu nzira nziza zo kugihashya.”

    Kugeza ubu abarenga miliyoni 6 mu Rwanda bamaze guhabwa urukingo rwa mbere rwa Covid-19, mu gihe abarenga miliyoni 3.5 bahawe inkingo zombi.

    Jules Sentore aganiriza umunyeshuri wari uje kwikingiza

    Man Martin ari kwandika umwirondoro w’umunyeshuri

    Abazaga kwikingiza bafataga urukingo rwa Moderna

    Alyn Sano yasabye abaturarwanda barengeje imyaka 50 gufata urukingo rwa gatatu kuko rushimangira inkingo zombi za Covid-19

    Andy Bumuntu, Patient Bizimana, Alyn Sano, Jules Sentore na Mani Martin bari bitabiriye igikorwa cyo gukingira muri Kaminuza ya Mount Kenya

    Jules Sentore ahamya ko buri wese nakurikiza ingamba zose zo kwirinda abantu bazongera bagatarama nk’uko byahoze

    Mani Martin yavuze ko icyo yifuza ari ukubona abanyarwanda bongeye gutarama bishimye

    Mbere yo gutangira akazi ko kuzuza ibyangombwa by’abaje kwikingiza babanzaga gukaraba intoki

    Patient Bizimana yasabye abakristu kwikingiza kugira ngo bazitabira ibitaramo bya Noheli nta mpungenge zo kurembya na Covid-19 bafite

    Umuyobozi wa Mount Kenya Univeristy mu Rwanda Dr Edwin Odhuno yavuze ko abantu bose biga cyangwa bakora muri iyi Kaminuza bafashe nibura dose imwe y’urukingo

    Uwayo Sophie yavuze ko yishimiye kubona Alyn Sano mu gikorwa cyo gufasha abanyeshuri kuzuza ibyangombwa

    source : https://ift.tt/31r1rkk

  • Sosiyete Sivile, ikiraro cyuririrwaho n’abanenga u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Maputo Protocol ni amasezerano yashyizweho umukono n’ibihugu 42 bya Afurika, agamije kugenzura iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’umugore n’umukobwa. Yatangiye gukurikizwa mu 2005 ku bufatanye na Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe.

    Ateganya ko ibihugu byayasinye bitanga raporo ku iyubahirizwa ryayo buri myaka ibiri, igaherekezwa n’izakozwe n’imiryango itegamiye kuri Leta kugira ngo hatagira ikirenzwa ingohe. Izo ziyiherekeza zitwa “shadow reports”.

    Buri muryango uba usabwa imwe, bivuze ngo iyo u Rwanda rwatanze muri Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe yagombaga guherekezwa n’izindi 2.500.

    Umukozi ushinzwe kugenzura, gutangaza no kubahiriza uburenganzira bwa muntu ku rwego mpuzamahanga muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Mazimpaka Ngango Hilaire, yasobanuye ko iyo miryango ishobora no gukora indi raporo ikayitanga mu gihe Guverinoma itatanze iyo isabwa.

    Umuryango umwe ni wo watanze “shadow report”

    Mu nama yahuje imwe muri iyo miryango n’inzego za Guverinoma zirebwa n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu kuri uyu wa 2 Ukuboza 2021, haganiriwe ku byuho byagaragajwe muri iyo raporo n’ibyo u Rwanda rwasabwe kuzakosora mu y’ubutaha.

    Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Uburenganzira bwa Muntu n’Iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari (GLIHD) ari nacyo cyateguye iyo nama, Me Umulisa Husna Vestine, yavuze ko imiryango itegamiye kuri Leta ikorera mu Rwanda inengwa kutuzuza inshingano.

    Haramutse hakozwe “shadow reports” nyinshi cyaba ari ikimenyetso cy’uko nta kibera mu Rwanda kitagaragazwa, bityo abarunenga ntibahimbe.

    Umulisa ati “[mu mwiherero duheruka gukora] uwari uhagarariye Inteko Ishinga Amategeko yaratubwiye ati ‘twebwe dukora amategeko ariko nta muryango utari uwa Leta turabona hano utubwira ngo itegeko iri n’iri ntirihari’.”

    “Minijust nayo yatuganije idusaba ngo ‘mumenyekanishe ibyo mukora muninjire mu rwego rw’uburenganzira bwa muntu kugira ngo tubashe kubona ibyo mukora.”

    Yakomeje ati “Raporo kuri Maputo Protocol ni Leta yayitanze n’undi muryango umwe kandi hagombye kuboneka 2.500 ziyiherekeza.[…] Abenshi barazitinya ngo ni gute dushobora gutanga raporo.”

    Yashimangiye ko izikorwa n’iyo miryango ari zo zigaragaramo imibare kandi iba ishingiye ku byo u Rwanda rwakoze.

    Nk’ababasha kuganira n’Abaturarwanda bakanareba uko iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ryifashe mu gihugu, bafite ubushobozi bwo kunyomoza ibinyoma by’imiryango mpuzamahanga “ibarirwa inkuru”.

    Kudakora raporo kwayo bibera ikiraro abaharabika igihugu kuko nta kibanyomoza mu nyandiko kiba gihari.

    Ibyuho byagaragajwe muri raporo u Rwanda ruheruka gutanga birimo ko ikubiyemo amakuru adahagije no kubura ibihamya by’ibiyikubiyemo.

    Umuyobozi Wungirije wa GLIHD, Umulisa Husna Vestine, yavuze ko imiryango itegamiye kuri Leta ikorera mu Rwanda inengwa kutuzuza inshingano

    source : https://ift.tt/3pqUO9Y