Tag: featured

  • Gisagara: Abagore bagaragaje ibyabafasha kuzuza inshingano z’ubuyobozi no kwita ku miryango – #rwanda #RwOT

    Babigaragaje ku wa Kane, tariki ya 30 Nzeri 2021, ubwo habaga Inteko rusange ya 20 y’Inama y’Igihugu y’Abagore, ku nsanganyamatsiko igira iti “Uruhare rw’umugore mu kubaka umuryango utekanye kandi uteye imbere”.

    Bamwe mu bagore b’abayobozi bavuze ko bitewe n’uko bifitiye icyizere kandi batinyutse, bibafasha kuzuza inshingano zabo kandi bakita no ku muryango.

    Mukakarangwa Cartas uyobora Akagari ka Gatoki ati “Tuba dufite inshingano zo mu rugo n’umuryango no kurera abana ariko tugakora n’akazi twahawe. Ntabwo ushobora kuyobora abaturage utayoboye urugo rwawe ngo rube intangarugero.”

    Akomeza avuga ko mbere na mbere abanza kugirana umubano mwiza n’umugabo we bakabana mu mahoro kugira ngo bimworohere kuyobora neza abaturage no kuzuza inshingano z’akazi.

    Ati “Icyo numva cyadufasha nk’abagore bari mu nzego z’ubuyobozi ni ukoroherezwa umuntu ntakore kure, agakorera hafi aho abasha no kwita ku rugo.”

    Abo bagore bavuze ko gahunda Akarere kashyizeho zirimo gutanga gaz mu buryo bwa Nkunganire, inka kuri buri rugo no kwegerezwa amazi meza ziri mu bituma babasha kuzuza inshingano zabo mu kazi kandi bakita no ku ngo zabo.

    Mukamurigo Chantal ati “Nk’ubu baduhaye gaz ituma duteka vuba kandi uko abayobozi batwunganira bagashyiraho gahunda ngo buri rugo rubone inka biradufasha tukajya ku kazi dufite ingo ziteye imbere. Ikindi ni uko batwegereje amazi hafi ku buryo tutagorwa no kuyabona.”

    Mu byifuzo byabo bagaragaje ko izi gahunda ziborohereza imirimo yo mu rugo zagezwa hose kuko zituma abagore bakora akazi batekanye bakuzuza inshingano neza.

    Imiryango irenga 978 yo mu Karere ka Gisagara ni yo imaze guhabwa gaz mu buryo bwa Nkunganire aho Leta ibatangira ikiguzi cya 50% na bo bakitangira asigaye, igikorwa cyatangiye muri Mata 2020.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérome, yavuze ko bashyizeho iyo gahunda yo kunganira abaturage mu kubona gaz mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije hakumirwa imyuka ihumanya ikirere.

    Yakomeje avuga ko bihaye umuhigo udasanzwe w’uko buri rugo rugomba kugira inka, kandi mu gihe cy’umwaka umwe imiryango 14.794 imaze kugira inka kandi itari isanzwe izifite.

    Yashimye uruhare rw’umugore mu kubaka umuryango utekanye kandi uteye imbere, by’umwihariko imikorere n’imikoranire myiza ya ba Mutima w’urugo bo mu Karere ka Gisagara byatumye baba aba mbere mu ntara no ku rwego rw’igihugu mu myaka ibiri ikurikiranye.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Impuzamiryango Pro-Femmes/Twese Hamwe, Bugingo Emma Marie, yasabye abagore ko mu byo bakora byose bagomba guteganyamo gahunda y’urugo kugira ngo bagire umuryango mwiza utekanye kandi uteye imbere.

    Ati “Buriya nusanga uri kuyobora itsinda ry’abantu ariko ugasanga nta ntego mufite ntacyo mushaka guhindura, burya uzamenye ko ubuyobozi bugiye kukunanira.”

    Muri iyo nteko rusange hishimiwe ibyagezweho hatangwa ibihembo n’amashimwe ku mirenge yahize indi mu mihigo ya mutima w’urugo 2020-2021, igihembo cya mbere cyegukanwa n’Umurenge wa Save, hahembwa n’indi mirenge ine ya Mugombwa, Kibilizi, Kansi na Mukindo.

    Abagore baboneyeho n’umwanya wo gusinya Imihigo ya Mutima w’Urugo y’umwaka 2021-2022.

    Abagore bari mu buyobozi mu Karere ka Gisagara bagaragaje ibibafasha kuzuza inshingano no kwita ku miryango

    Abagore basabye ko gahunda zibafasha kuzuza inshingano zagezwa n’ahandi

    Abagore basinye imihigo ya mutima w’urugo bazesa muri uyu mwaka

    Baboneyeho n’umwanya wo gusinya imihigo y’umwaka utaha

    Habayeho n’umwanya wo kungurana ibitekerezo

    Iyi Nteko rusange ya 20 y’Inama y’Igihugu y’Abagore yari ifite insanganyamatsiko ishimnangira Uruhare rw’umugore mu kubaka umuryango utekanye kandi uteye imbere

    Umurenge wa Mugombwa na wo washimiwe ko wesheje imihigo ya mutima w’urugo

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Impuzamiryango Pro-Femmes/Twese Hamwe, Bugingo Emma Marie, yasabye abagore ko mu byo bakora byose bagomba guteganyamo gahunda y’urugo

    Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérome, yavuze ko bihaye umuhigo udasanzwe w’uko buri rugo rugomba kugira inka

    Hatanzwe ibihembo ku mirenge yahize indi mu mihigo ya Mutima w’urugo mu 2020/2021; igihembo cya mbere cyegukanwe n’Umurenge wa Save

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3F8BV2T

  • Urubyiruko rwo muri Kimihurura rwihaye umukoro nyuma yo gusura Ingoro y’Urugamba rwo kubohora igihugu – #rwanda #RwOT

    Igikorwa cyo gusura iyi ngoro, uru rubyiruko rwagitekereje kugira ngo rwizihize Umunsi wo Gukunda Igihugu no guha icyubahiro Ingabo zari iza RPA, zafashe iya mbere zikitangira kubohora u Rwanda.

    Mu kuziha icyubahiro, uru rubyiruko rwateguye ibikorwa bitandukanye aho rwasuye Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo kubohora Igihugu iri ku Kimihurura ndetse ruteganya gusura bamwe mu bamugariye ku rugamba batuye mu Murenge wa Kimihurura.

    Nyuma yo gusura iyi ngoro rwavuze ko rwigiye byinshi ku bwitange bw’Inkotanyi, ruhiga kurangwa n’ubutwari mu gushyigikira ibyo igihugu cyagezeho.

    Umuyobozi w’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Kimihurura, Mupenzi Nuru Israel, yavuze ko muri uru rugendo bize gukotana kandi bizabafasha kubaka igihugu.

    Yagize ati “Twigiye byinshi muri uru rugendo, icya mbere twabonye uko urugamba rwatangiye Perezida Paul Kagame aha ingabo icyerekezo. Natwe twahisemo gufata icyerekezo kandi kizima.”

    “Ababohoye u Rwanda bari bahuriye ku ntego imwe yo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse no kubaka igihugu. Natwe nk’urubyiruko niba dushaka kubaka u Rwanda twifuza ni ukugira intego tukayihuriraho, ubu twize gukotana.”

    Ibi abihuje na Mizero Parfine wavuze ko gusura iyi ngoro byamusigiye umuco wo kwigira kuko Inkotanyi zabohoye igihugu nta bufasha zifite.

    Yagize ati “Gusura iyi ngoro icyo nigiyemo ni uko nk’urubyiruko tugomba kwigira. Nk’Inkotanyi ntabwo zarinze gutegereza ko zihabwa ubufasha n’amahanga barigize bumva ko babishoboye kandi babigeraho.”

    Muri uru rugendo uru rubyiruko rwari rwaherekejwe na bamwe mu bayobozi bo mu murenge wa Kimihurura, bakaba barusabye kwigira ku byo Inkotanyi zakoze mu kugira umusanzu rutanga mu iterambere ry’igihugu.

    Ambasaderi Sheikh Habimana Saleh yavuze ko yashimishijwe no kujyana n’uru rubyiruko kandi ko abona rufite imbaraga zizatanga umusaruro ku gihugu.

    Yagize ati “Ubusanzwe urubyiruko rwibumbiye mu Muryango wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Kimihurura ngendana narwo cyane, iya 1 Ukwakira rero byari ngombwa kugira ngo nemere ko Inkotanyi imwe irenga igihumbi zihinguka.”

    “Byanshimishije kugendana na bo, mfite icyizere ko twe turimo gutambuka, abaza ari benshi kandi bafite imbaraga nyinshi, bazakora byinshi kurusha ibyo twakoze.’’

    Umuyobozi w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Kimihurura, Rwamasirabo Emile, yavuze ko ari byiza kuba uru rubyiruko rufite inyota yo kumenya amateka bisobanuye ko ruzagira imbaraga mu kubaka igihugu.

    Yagize ati “Ni byiza kuba urubyiruko ubona rufite inyota yo kumenya ibyabaye muri iki gihugu ukabona bose barashaka kumenya, urubyiruko rwose rugize amahirwe yo kureba iyi ngoro byabaha amahirwe, byabaha ingufu zo gufata iya mbere mu kubungabunga ibyagezweho.”

    Yakomeje asaba urubyiruko kuba ku isonga mu rugamba rwo kubaka igihugu kugira ngo ruzabashe gusigasira ibyagezweho.

    Uru rubyiruko rwatemberejwe ibice bitandukanye by’Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo kubohora igihugu, rusobanurirwa amateka y’uburyo igihugu cyabohowe.

    Amasomo uru rubyiruko rwahawe rwavuze ko azarugirira akamaro mu buzima

    Iki gikorwa cyakozwe mu kwizihiza Umunsi wo Gukunda Igihugu no gushima abitangiye kukibohora

    Uru rubyiruko rwafashe umwanya rukomera amashyi Inkotanyi mu kuziha icyubahiro cy’ibikorwa byiza zakoze

    Uru rubyiruko rwatambagijwe ibice bitandukanye bigize ngoro Ndangamateka y’Urugamba rwo kubohora Igihugu

    Uru rubyiruko rwavuze ko rwigiye isomo rikomeye muri uru rugendo

    Uru rubyiruko rwazengurukijwe ibice by’indake Inkotanyi zakoreragamo akazi

    Zimwe mu ndake Inkotanyi zihishemo, ziracyakomeje kubungwabungwa

    Ambasaderi Sheikh Habimana Saleh yavuze ko yashimishijwe no kujyana n’uru rubyiruko gusura Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo kubohora igihugu kandi ko abona rufite imbaraga zizatanga umusaruro ku gihugu

    Mizero Parfine yavuze ko gusura iyi ngoro byamusigiye umuco wo kwigira kuko Inkotanyi zabashije kubohora igihugu nta bufasha bundi zifite kandi zigera ku ntego

    Umuyobozi w’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Kimihurura, Mupenzi Nuru Israel, yavuze ko muri uru rugendo bungukiyemo ibizabafasha kubaka igihugu

    Amafoto: Igiribuntu Darcy


    source : https://ift.tt/2YfUr8I

  • Ababyeyi b’imiryango 10 y’abarokotse Jenoside bahuguwe ku kwihangira imirimo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahagarariye imiryango 10 y
    Abahagarariye imiryango 10 y’abarokotse Jenoside mu mahugurwa ku kwihangira imirimo

    Claudine Nibarere ushinzwe ubuzima bwo mu mutwe ku kigo nderabuzima cya Rango, akaba umwe mu babakurikirana, avuga ko abarokotse Jenoside bo muri iriya mirenge bari bafite ikibazo cy’ihungabana ryatumaga ntacyo bageraho, maze babumbirwa mu miryango 10, ku buryo buri muryango uba ufite umubyeyi w’umugabo n’uw’umugore.

    Umushinga Aheza Project wiyemeje gufasha ba babyeyi mu buryo bw’isanamitima no mu buryo bwo kwiteza imbere, mu gihe cy’imyaka ibiri, hanyuma ibyo bize na bo bakazabigeza ku bana babo.

    Nibarere ati “Abenshi bari bafite indwara y’agahinda gakabije n’iy’ihungabana. Twabasobanuriye iby’indwara zo mu mutwe harimo igicuri no gukoresha ibiyobyabwenge, dufata n’igihe cyo kugenda tubavura, ariko twongeraho no kubafasha kwiteza mbere, kuko twabonaga ibi byombi byabafasha kugira aho bagera.”

    Janvier Niyonkuru ukiri ingaragu, akaba na Papa w’umuryango Imenagitero wibumbiyemo urubyiruko, ari mu bahuguwe. Avuga ko kubumbirwa mu miryango byabafashije kuva mu bwigunge, batangira kwiyumvamo ko bafite ubuzima na bo, none guhugurwa ku kwihangira imirimo byatumye biyumvamo ko na bo bakora umushinga, ukabyara inyungu.

    Ati “Twabashije kwiga uko twakora imishinga, dusobanukirwa neza uko umushinga wacu twawukura ku rwego rumwe tukawugeza ku rundi, ukavamo umushinga ubyara inyungu.”

    Bavuga ko basanze imishinga yabo itarateraga imbere kuko hari ubumenyi batari bafite ubu noneho bakaba babuhawe
    Bavuga ko basanze imishinga yabo itarateraga imbere kuko hari ubumenyi batari bafite ubu noneho bakaba babuhawe

    Marie Josée Uwizeyimana, mama w’Umuryango Duhozanye mu Murenge wa Tumba, yari asanzwe acuruza imyaka, ariko ngo yaje kubona ko impamvu atari yarigeze atera imbere ari uko yasesaguraga.

    Agira ati “Nasanze impamvu ntateraga imbere ari uko nacuruzaga mu kavuyo, nkarya inyungu nkakora no ku gishoro. Ubu ngiye guhindura imikorere, kandi ndatekereza ko ngiye gutera imbere birenze uko nari meze.”

    Aya mahugurwa ku kwihangira imirimo bayakoze guhera ku itariki ya 29 kugeza ku ya 30 Nzeri.

    Biteganyijwe ko nibamara guhugura n’abo bahagarariye (abana) bazakora imishinga izaterwa inkunga haherewe ku mafaranga bagiye bizigamira mu matsinda barimo, ndetse n’ayo bazongererwa na Aheza Project ku bufatanye na Imbuto Foundation.


    source : https://ift.tt/39U5Ux1

  • Musanze: Abahinga mu Kibaya cya Mugogo bababajwe n’igihombo batewe n’ibirayi byarumbye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibirayi bari bahinze byararumbye bibateza igihombo
    Ibirayi bari bahinze byararumbye bibateza igihombo

    Icyo kibaya kiri ku buso bwa Ha 79, mu gihembwe cy’ihinga gishize cyari cyahujweho ubutaka ku gihingwa cy’ibirayi.

    Kigali Today iherutse gusanga abahinzi basarura ibirayi, bigaragara ko ari bito kandi bicye cyane ugereranyije n’ubutaka babihinzeho, barimo babisarura bayitangarije ko kurumba kwabyo byatumye bisanga mu gihombo.

    Umwe mu bahinzi umunyamakuru yasanze akura ibirayi bimaze amezi ane mu murima we, yavuze ko bababajwe n’icyo gihombo ku buryo bari mu marira.

    yagize ati: “Ibi birayi usanze nimo gukura, byari bimaze amezi ane mu murima. Nari barateye imbuto yitwa Ndamira, ba Agronome baduhaye batubwira ko yera mu gihe cy’amezi abiri gusa. Ubwo icyo gihe bari batubwiye cyageraga, byabaye ngombwa ko tubirekera mu mirima, kuko bitari byeze ahubwo aribwo bisa n’ibiri guhinguka mu butaka. None dore aho tugarukiye kubikura, n’ubundi dusanze ari uturayi duto tw’intica ntikize. Muri macye benshi mu bahinze muri iki kibaya, turi kurira ayo kwarika”.

    Yari yiteze gusarura nibura toni imwe y’ibirayi binini, byiyongeraho nibura imifuka itatu y’ibiro 100 by’ibirayi bito nk’uko byari bisanzwe bimugendekera mbere. None ababazwa n’uko, nta n’umufuka n’umwe w’ibiro 100 yasaruye.

    Yagize ati “Ibirayi byararumbye, kandi kugeza ubu ntituzi niba ari imbuto mbi ubutaka cyangwa ikirere byananiwe kubyihanganira. Ntako tutagize dukoresha amafumbire no gutera imiti, ariko byaranze biba iby’ubusa. Turimo gusarurira mu dutebo aho gusarurira mu bigega nk’uko twari tubyiteze”.

    Bababajwe n
    Bababajwe n’igihombo bagize kubera kurumbya mu gihe bari bijejwe kweza neza

    Yongeraho ati “Twahinze twizeye kuzahakura umusaruro ufatika tukabona icyo turya n’ibyo dusagurira amasoko tugakuramo amafaranga twishyura za mituweri n’andi twikenuza, none dore icyizere kiraje amasinde, dutashye amaramasa”.

    Aba bahinzi bavuga ko umusaruro ubanziriza uw’iki gihembwe cy’ihinga giheruka, wo ngo wari wabahiriye, ariko kuri iyi nshuro ntibazi neza intandaro yo kuba batarejeje uko bari babyiteze.

    Izamuhaye Jean Claude, Umukozi w’Ikigo cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB) ishami rishinzwe ibihingwa, avuga ko iki kibazo bakimara kukimenya, bihutiye gusuzuma icyabiteye.

    Yagize ati “Twasanze ikibazo cyaratewe n’ibyonnyi by’udusazi dutwara amavirusi mu bihingwa, noneho bikaba byarahuriranye n’izuba ryavuye ari ryinshi, duteza indwara zibasiye icyo gihingwa, by’umwihariko mu gice batateyemo umuti uhagije, ni byo byabateje igihombo”.

    Yibutsa abahinzi n’abashinzwe ubuhinzi babegereye gukorana bya hafi, bitabira gutera ibihingwa imiti ku gihe, ari na ko bahanahana amakuru hakiri kare y’icyo bagomba gukora, kugira ngo bibarinde guhura n’ikibazo cyo kurumbya imyaka.

    Ikibaya cya Mugogo kiri ku buso bwa Ha 79
    Ikibaya cya Mugogo kiri ku buso bwa Ha 79

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, asaba abahinzi kwitabira gahunda yo guhinduranya ibihingwa mu murima, mu rwego rwo gukumira indwara za hato na hato ziteza ibyago byo kurumbya imyaka.

    Yabijeje ko Akarere kazababa hafi, ikibazo cy’imbuto bari barateye bayigurijwe, bakazayishyura buhoro buhoro.


    source : https://ift.tt/3B0B4in

  • U Rwanda rwaciye imwe mu mitego ikoreshwa mu burobyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imitego y
    Imitego y’uburobyi ya kane na gatanu ntiyemewe mu Rwanda

    Iyo nama yemeje kandi ko imitego ya gatanu (5) igomba na yo kuba yakuwe mu mazi bitarenze amezi ane, umwaka wa 2022 hakazakoreshwa imitego ifite ijisho rya gatandatu (6) kuzamura.

    Ikibazo cy’imitego itujuje uhuziranenge cyahagaritse uburobyi mu kiyaga cya Kivu, mu gihe abarobyi bavuga ko kuva tariki ya 28 Nzeri 2021, bari biteguye gutangira uburobyi bw’amafi n’isambaza mu kiyaga cya Kivu, ariko Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ikaba yarababujije.

    Itangazo rya MINAGRI ryasohotse ku itariki 23 Nzeri 2021, rivuga ko gukoresha no gucuruza ibikoresho byangiza uburobyi bibujijwe, icuruzwa ry’ibikoresho by’uburobyi n’ubworozi bwo mu mazi risabirwa uruhushya rutangwa n’Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB).

    Minagri yasabye aborozi bakorera mu Kiyaga cya Kivu ko imitego ikoreshwa mu kuroba isambaza mu makipe yemewe ari umutego ufite ijisho rya mm 6 kuzamura, umutego w’icyerekezo ufite mm 9 na 10.

    Imitego iroba ingudu igomba kuba ifite ijisho rya inch 1.5 na ho Tilapia umutego ugomba kuba ufite ijisho rya inch 4 kuzamura.

    Iryo tangazo riburira abantu bose ko inzitiramubu, umutego ukozwe n’urudodo rumwe uzwi nka Kaningini utemewe.

    Mukasekuru Mathilde, umuyobozi muri Minagri avuga ko ikibazo cy’imitego ifite kane kirangirana n’impera z’iki cyumweru, abarobyi bakemererwa gusubira mu burobyi mu kiyaga cya Kivu.

    Ati “Abarobyi basabwe gukuraho imitego itemewe kuva 2019, tubasaba gukuraho imitego ifite amaso ya kane, batwizeza ko bazajya babikora buri mwaka aho 2020 bagombaga kureka imitego ifite ijisho rya gatanu, 2021 hagakoreshwa imitego yemewe ariko n’ubu baracyakoresha imitego ya kane na gatanu. Inama yasabye ko imitego ya Kane ikurwaho bakemererwa gusubira mu burobyi mu kiyaga cya Kivu”.

    Mukasekuru avuga ko tariki ya 1 Ukwakira 2021, abarobyi birirwa bakura imitego ya kane mu mazi, na ho tariki ya kabiri na gatatu igatwikwa, mu gihe imitego ya 5 igomba kuba yakuwe mu mazi kugeza muri Mutarama 2022.

    U Rwanda buri mwaka rufata ikiruhuko cy’amezi abiri mu burobyi, kugira ngo isambaza zishobore kororoka.

    N’ubwo bikorwa mu mazi y’ikiyaga cya Kivu gihuriweho n’u Rwanda na Congo, abarobyi bari ku ruhande rwa Congo nta kiruhuko bafata ahubwo bakomeza kuroba.

    Iyi ni imwe mu mbogamizi yo kudashyira hamwe kw’inzego zishinzwe uburobyi mu Rwanda na Congo, ituma ibyemezo bifashwe mu Rwanda bitubahirizwa muri Congo.

    Mukasekuru avuga ko kuba u Rwanda rufata ikiruhuko mu burobyi mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rwa Congo bagakomeza kuroba bibangamiye uburobyi, icyakora agatanga icyizere ko ubuyobozi bw’Intara zihuriye ku kiyaga cya Kivu buzabiganiraho.


    source : https://ift.tt/3B2T8rQ

  • Umuti wa coronavirus watangiye kugeragerezwa ku bantu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwo muti wakozwe mu buryo bwo kuwumira bawunyujije mu kanwa, ukaba warakozwe na Sosiyete ya Pfizer yo muri Amerika isanzwe ikora imiti n’inkingo, ukaba mu buryo bw’igerageza uzahabwa abantu babana n’umuntu wanduye iyo virusi ya Corona, kugira ngo bamenye niba ushobora kubarinda gufatwa n’iyo ndwara no kugaragaza ibimenyetso byayo.

    Uhagarariye ubwo bushakashatsi mu bya siyansi muri iyo sosiyete ya Pfizer Dr Mikael Dolsten, yavuze ko uwo muti uzakorerwa igerageza ku bantu 2,660 bafite imyaka guhera kuri 18 bafite ubuzima bwiza, ariko babana mu nzu n’umuntu warwaye iyo ndwara ya Corona.

    Dr Dolsten yagize ati “ Natwe nka Pfizer, turakora igerageza ry’uyu muti ku bantu bamaze kwandura Coronavirus n’ubwo baba batagaragaza ibimenyetso byayo”.

    Abahanga mu by’ubuvuzi bw’indwara zifata mu myanya y’ubuhumekero, ndetse n’abahanga mu bya farumasi muri Tanzania, bavuga ko uwo muti uramutse wemejwe yaba ari intangiriro nziza mu rugendo rwo guca burundu iyo ndwara ya Coronavirus.

    Umuhanga mu by’imiti akaba n’umwalimu mu bya Farumasi muri Kaminuza ya Muhimbili (Muhas -Tanzania), David Myemba, yavuze ko uwo muti nuboneka uzafasha cyane, kuko ubu Isi yose ihugiye mu gukingira gusa.

    Dr Myemba yagize ati “Birashoboka cyane ko uyu muti wazafasha cyane mu kugabanya ikwirakwira ry’iyi ndwara, ikibazo gihari ni uko virusi ya Corona yihinduranya, dutegereze ibisubizo by’ubushakashatsi. Gusa iki ni ikibazo gishya ku ikoranabuhanga dufite muri iki gihe”.

    Dr Myemba yakomeje agira ati “Nubwo hari inkingo dufite, ubundi zigamije gukingira iyo ndwara, ariko hari abarwara iyo ndwara na nyuma yo gukingirwa, uwo muti uramutse ubonetse rero, waba ari umusanzu, kuko icyo gihe umuti n’urukingo byakorana tukabona umusaruro mwiza .”

    Dr Elisha Osati umuhanga mu ndwara zifata mu myanya y’ubuhumekero muri Tanzania, yagize ati “Bizaterwa n’ibizava mu bushakashatsi. Nibigaragara ko uwo muti ufasha, icyo kizaba ari ikintu cyiza cyane kuko ushobora no gusimbura urukingo.”

    Erick Venant, umuyobozi mukuru w’umuryango utari uwa Leta ya Tanzania witwa ‘RBA Initiative’ akaba ari n’umuhanga mu by’imiti, yavuze ko ako ari akazi gakorwa n’abahanga mu bya siyansi ku Isi hose, mu gushakisha umuti wa Covid-19.

    Yagize ati “Ubu twamaze kubona inkingo zitandukanye za Covid-19, ariko gutangira kw’igerageza ry’uwo muti (clinical trials), bavuga ko ushobora kuvura Corona nyuma y’uko umuntu ayanduye, ni intambwe mu guhangana na Covid-19”.

    “Uyu muti kandi uzafasha mu gukumira iyi ndwara, igerageza ryawo nirigaragaza ko wemewe, izaba ari intambwe ikomeye mu guhangana n’iki cyorezo. Ariko n’ubwo bimeze bityo, ni byiza ko abantu bakomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19 nk’uko zitangwa na Minisiteri y’Ubuzima, mu gihe ubushakashatsi ku byafasha gutsinda icyo cyorezo bukomeje”.

    Ikindi kandi nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters ku wa Kane tariki 30 Nzeri 2021, iyo Sosiyete ya ‘Pfizer’ ku bufatanye na ‘BioNTech’ irateganya gutangira gutanga inkingo za Covid-19 ku bana bari hagati y’imyaka itanu na cumi n’umwe (5-11).

    Umwe mu bashakashatsi witwa Dr Anthony Fauci, yavuze ko Ikigo gishinzwe Imiti n’Ibiribwa (FDA) nicyemeza urwo rukingo rurimo gukorwa na Pfizer / BioNTech, ruzatangira guhabwa abana bari muri icyo kigero mu Kwezi k’Ugushyingo 2021.

    Kugeza tariki 1 Ukwakira 2021, abari bamaze kwandura Covid-19 ku Isi ni abantu 234,661,346 mu gihe abamaze guhitanwa na yo bagera kuri 4,799,727, nk’uko tubikesha urubuga www.worldometers.info, rutanga amakuru yerekeye Covid-19, umunsi ku wundi.

    source : https://ift.tt/3D1UhAD

  • Amateka ya Ragera Jean de Dieu waririmbye Eugenia muri Nyampinga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ragera Jean de Dieu
    Ragera Jean de Dieu

    Ababanye na Ragera bavuga ko yari umugabo utuje kandi uvuga make, ijwi rye muri Orchestre Nyampinga ryumvikana cyane mu ndirimbo nka Eugenia, Suzuki, Ndababaye, Gira Imbabazi (Mama) n’izindi.

    Mudatsikira Eustache uhagarariye umuryango w’abacitse ku icumu rya Jenoside (IBUKA) mu Karere ka Huye yabyirukanye na Ragera Jean de Dieu akaba yari n’inshuti ye ikomeye kuva mu bwana.

    Mudatsikira Eustache
    Mudatsikira Eustache

    Mudatsikira avuga ko Ragera yari umugabo utuje, uvuga make w’umusirimu kandi wambaraga akaberwa ibyo akabikundirwa cyane.

    Usibye kuririmba muri Nyampinga, Ragera yanavuzaga ikondera bita umurangi mu itorero ry’Urukerereza nk’uko byemezwa na Mudatsikira.

    Mudatsikira yatubereye umutumirwa mu kiganiro Nyiringanzo, atubwira Ragera kugeza no ku nkomoko y’izina rye.

    Kurikira ikiganiro hano:

    source : https://ift.tt/3mh67jK

  • Ikirwa cya Malta cyemeye kwakira abakingiwe Covid-19 baturutse mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Malta
    Malta

    SchengenVisaInfo.com ivuga ko hashingiwe ku itangazo ryashyizwe ahagaragara n’urubuga rwemewe rw’ingendo rwa Malta, ‘VisitMalta’, abantu bose bateganya kujya muri Malta bava muri Arabiya Sawudite, Maleziya, cyangwa u Rwanda bazemererwa kwinjira mu gihe icyemezo cy’inkingo cyujuje ibyangombwa byose.

    Ibi bivuze ko Abarabu bo muri Arabiya Sawudite, Abanya Maleziya, n’Abanyarwanda bazemererwa kwinjira muri Malta igihe cyose icyemezo cyabo cyerekana ko bakingijwe AstraZeneca EU (Vaxzevria), Moderna (Spikevax), Johnson & Johnson (Janssen) na Pfizer/ BioNTech (Comirnaty).

    Icyemezo kigomba kwerekana ko byibuze hashize iminsi 14 kuva umuntu ahawe urukingo rwa nyuma.

    Minisiteri y’ubuzima ya Malta itangaza ko ibyemezo byerekana ko ugifite yakingiwe virusi hamwe n’inkingo ebyiri zitandukanye zemewe na EMA, na zo ziremewe mu gihe zubahirije igihe gikenewe hagati y’ikingira rya mbere n’irya kabiri.


    source : https://ift.tt/3B3QNgr

  • Guinea: Col Mamady Doumbouya ararahirira kuba Perezida w’agateganyo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Col Mamady Doumbouya
    Col Mamady Doumbouya

    Col Doumbouya yayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Perezida Alpha Condé mu ntangiriro z’ukwezi gushize. Biteganijwe ko azashyiraho Guverinoma mu byumweru biri imbere.

    Doumbouya ufite imyaka 41, ni we muyobozi w’Ingabo ubaye Umukuru w’igihugu wa kabiri muto muri Afurika, uwa mbere akaba ari Col Assimi Goïta wa Mali, ufite imyaka 38 wakuyeho Perezida Ibrahim Keïta.

    Igitangazamakuru cy’Abongereza, BBC, kivuga ko Col Doumbouya nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Guinea, bwari buyobowe na Alpha Condé, yavuze ko abasirikare be bafashe ubutegetsi kubera ko bashakaga gukuraho ruswa ikabije, ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu n’imiyoborere mibi.

    source : https://ift.tt/39WYaum

  • Kamonyi: Hafashwe bamwe mu bacyekwaho kwiba bitwaje intwaro gakondo – #rwanda #RwOT

    Bafataniwe mu mirenge ya Rukoma na Ngamba yose yo mu Karere ka Kamonyi.

    Bamwe bafatiwe mu Murenge wa Ngamba mu Kagari ka Kazirabonde, mu Mudugudu wa Rugarama, abandi bafatirwa mu Murenge wa Rukoma mu Kagari ka Bugoba, Umudugudu wa Nyenge no mu Kagari ka Mwirute, Umudugudu wa Rugarama.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, yavuze ko bariya bantu bose bafashwe biturutse ku mikoranire n’abaturage n’abayobozi mu nzego z’ibanze binyuze mu gahanahana amakuru.

    Yavuze ko abo bantu ari bamwe mu bamaze iminsi bavugwa n’abaturage ko babatega bakabakubita ndetse bakanabatema bagamije kubambura ibyo bafite.

    Yagize ati” Abaturage bari bakunze kuvuga ko hari abantu babatega cyane cyane ku mugoroba bakabashikuza ibyo bafite ndetse kuko baba bitwaje imihoro hakaba ubwo babatemye. Ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze n’abaturage bo mu mirenge ya Ngamba na Rukoma bahaye Polisi amazina y’abacyekwa bose hatangira igikorwa cyo kubashaka. Kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Nzeri hakaba hafashwe abantu Barindwi.”

    Yakomeje avuga ko abo bantu iyo bamaraga kwambura no gukubita abo mu Murenge umwe bahitaga bajya mu wundi mu rwego rwo kwihisha.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yagarutse ku kamaro k’abaturage mu kwicungira umutekano by’umwihariko gutangira amakuru ku gihe. Yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda yiteguye gutabara no kuburizamo ibyaha ndetse no gufata abacyekwaho ibyaha bose.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Rukoma kugira ngo hatangire iperereza.

    Si ubwa mbere muri uyu murenge wa Rukoma hafatirwa abantu nk’aba bahungabanya umutekano w’abaturage.

    Itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 y’iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Ubugenzacyaha kugira ngo bakurikiranwe mu mategeko

    source : https://ift.tt/3iHUAsT