Tag: featured

  • Hakenewe ubworozi buteza imbere nyirabwo ndetse n’igihugu – MINAGRI #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr. Rutagwenda avuga ko aborozi bahinze ubwatsi, bakavugurura inka zabo umukamo waba mwinshi bakiteza imbere
    Dr. Rutagwenda avuga ko aborozi bahinze ubwatsi, bakavugurura inka zabo umukamo waba mwinshi bakiteza imbere

    Yabitangaje ku wa 01 Ukwakira 2021, mu nama yamuhuje n’aborozi n’abafite aho bahurira na bwo mu Karere ka Nyagatare, aho bagaragarijwe igishushanyo mbonera cy’ubworozi.

    Dr. Rutagwenda avuga ko mu mwaka wa 1992 mu Rwanda hari inka za gakondo ibihumbi 800, mu 1994 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ngo inyinshi zarariwe, habariwemo izatahukanywe na bamwe mu Banyarwanda bari impunzi, habaruwe inka 172,000 na zo za gakondo.
    Uyu munsi ngo mu Rwanda habarurwa inka 1,500,000, muri zo 54% zikaba zivuguruye mu gihe 10% ari zo zifite amaraso y’inzungu 100% (iza kijyambere zitanga umukamo) na ho 36% zikaba zikiri iza gakondo.

    Avuga ko icyo gishushanyo mbonera cy’imyaka itanu cyatangiye kubahirizwa mu mwaka wa 2018, bagiteguye bifuza ubworozi bukemura ibibazo bitatu mu gihugu.

    Ati “Icyo twifuza ni ubworozi bugamije kurwanya ubukene, bufasha uworora gutera imbere, bukarwanya imirire mibi, bukarwanya ubukene bukagira n’ingaruka nziza ku bukungu bw’igihugu.”

    Dr. Rutagwenda avuga ko hari ibimaze gukorwa neza ariko na none hakenewe uruhare rwa buri wese ari na yo mpamvu hakorwa ubukangurambaga bwimbitse.

    Agira ati “Hakenewe uruhare rwa buri wese, dushake uko tugaburira amatungo, dushake uko turwanya indwara, dushake uko tuvugurura amatungo, dushake uko twita ku mukamo, ni ukuvuga uruhare rwa buri wese. Wumvise ko hari abadakingiza inka zabo nyamara twashyizeho gahunda y’ikingira ngo turwanye indwara, urumva icyo ni ikibazo.”

    Aborozi bavuga ko mu bituma batavugurura inka zabo byihuse harimo ikibazo cy
    Aborozi bavuga ko mu bituma batavugurura inka zabo byihuse harimo ikibazo cy’imisemburo irindisha inka itaboneka neza

    Avuga ko kugira umworozi abashe gutungwa n’inka ze kandi zimuteze imbere hakwiye kubaho guhinga ubwatsi, gushaka amazi, kugira isuku no gukusanya amata, buri wese ari Leta n’umworozi akwiye gukora ibimureba.

    Iki gishushanyo mbonera cy’ubworozi kirareba ubworozi bw’amatungo maremare ndetse n’amagufi n’inkoko, hagamijwe kubona umukamo w’amata no kwihaza ku nyama.

    Dr. Rutagwenda avuga ko kugira ngo ubworozi burusheho gutera imbere hari ibigomba gukorwa harimo kwita ku musaruro, kugabura, kuvugurura amatungo no kurwanya indwara.


    source : https://ift.tt/3kY0NSN

  • Akabari kitwa ‘People’ kafunzwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo byabaye mu ma saa mbiri z’ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 1 Ukwakira 2021, ubwo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwahageraga bugasanga abantu barimo kubyina ari benshi cyane, begeranye, mu gihe amabwiriza ajyanye no gufungura utubari asaba ko abantu bicara bahanye intera ya metero, bubahirije n’andi mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Mu nama yabaye ejo ku wa Gtanu, abafite amahoteli, resitora n’utubari bongeye gusobanurirwa ko utubyiniro tutari mu byakomorewe, ko ahubwo icyemewe ari abacuranzi bashobora gususurutsa abahasohokeye mu gihe bafata amafunguro cyangwa ibinyobwa.

    Ibyo kandi byiyongera ku kuba akabari gafungura ari uko kahawe icyemezo cy’uko kujuje ibisabwa.

    source : https://ift.tt/3B3wrDT

  • Nyaruguru: Urubyiruko rw’abakorerabushake rwagabiye inka utishoboye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Shumbusha yashimiye urwo rubyiruko rwamuhaye inka
    Shumbusha yashimiye urwo rubyiruko rwamuhaye inka

    Ibyo bikorwa byombi byakozwe ku wa Gatanu tariki 1 Ukwakira 2021, mu rwego rwo gutangiza ukwezi ko kuzirikana ubukorerabushake.

    Kayiranga Jean Bosco, umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Nyaruguru, akaba n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngera, avuga ko inka batanze yavuye mu bushobozi bwegeranyijwe n’urubyiruko rw’abakorerabushake ibihumbi 13,525 bo mu Karere ka Nyaruguru bose.

    Agira ati “Inka twatanze twayiguze amafaranga ibihumbi 400, kandi turateganya kuzatanga n’indi dusoza uku kwezi. Muri uku kwezi kandi tuzakomeza ibikorwa by’ubukangurambaga bwo kurwanya Covid 19, no kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko no mu baturage”.

    Damien Ndungutse wakurungiriwe inzu yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake, kuko ngo rwamurwanyeho nyuma y’uko inzu ye yari yaguye.

    Olivier Shumbusha wahawe inka, afite imyaka 28, yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake agira ati “Twajyaga duhurira mu kudushishikariza kwanbara agapfukamunwa, none baguze inka barayimpaye. Ndabashimiye cyane”.

    Inka bamuhye ngo azayifata neza, azanywe amata hamwe n’umwana n’umugore we, kandi na we azoroze abandi.


    source : https://ift.tt/3F886zo

  • Abakandida mu matora barasabwa kwiyereka abaturage, na nyuma abatowe bakabageraho #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi babitangaje mu gihe hategurwa amatora y’Abayobozi b’inzego z’ibanze n’Inama z’Igihugu z’Abagore, Urubyiruko n’Abafite Ubumuga, muri uku Kwezi k’Ukwakira n’ugutaha k’Ugushyingo 2021.

    Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ingengabihe y’ayo matora kuri uyu wa 30 Nzeri 2021, ivuga ko ikomeje gutegura ibikorwa by’amatora no kubishakira ingengo y’imari ndetse ikaba imaze gutegura no kumenyekanisha amabwiriza agenga ayo matora.

    Umubyeyi w’imyaka 65 utuye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, avuga ko abayobozi azi ari Umukuru w’Umudugudu atuyemo hamwe n’Umukuru w’Igihugu, abandi akavuga ko atabazi.

    Yagize ati “Abo bayobozi, ntawe nzi, nzatora Emmanuel w’Umugududu na Kagame, Umukuru w’Igihugu”.

    Uwitwa Kayitesi avuga ko kuba hari benshi batabasha kumenya abayobozi b’uturere n’abahagarariye ibyiciro by’Abagore, Urubyiruko n’Abafite ubumuga, ngo biterwa no guhora mu biro ntibafate igihe cyo gusura abaturage muri karitiye.

    Kayitesi agira ati “Iyo tugiye gutora batwereka ifoto tugatora ariko nyuma yaho ntawe ugaruka ati ‘mwarantoye none nanjye ngiye kubageza kuri iki. Duheruka dutora gusa, dutora isura baba batweretse, manda irinda irangira tutarabona umuyobozi uza kudusura”.

    Kayitesi avuga ko muri karitiye haba ibibazo byinshi abaturage bashobora gutura umuyobozi batoye akabikemura mu gihe yaba afashe byibura umunsi umwe mu cyumweru wo kubasura.

    Avuga ko mu byo bashobora gutura ubuyobozi harimo amakimbirane hamwe n’ibibazo bijyanye n’ibura ry’ibikorwaremezo, rimwe na rimwe ngo usanga abaturage bakwikorera ibyo bikorwa by’iterambere ariko hakabura umuyobozi wo kubahuza.

    Uwitwa Kamana na we avuga ko kubona inyandiko za Leta n’ibyangombwa mu nzego z’ibanze birushya benshi, akavuga ko abayobozi batorwa bagombye kugira uruhare mu gukemura ikibazo cyo gusiragira ku kagari, ku murenge no ku karere.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, asaba abumva bafitiye urukundo igihugu gutanga kandidatire, ariko bakaba bagomba kuzaba biteguye guhora hafi y’abaturage.

    Kuri micro ya Radio Rwanda ku wa Gatanu tariki 1 Ukwakira 2021, Minisitiri Gatabazi yagize ati “Ibibazo by’Abaturage bigomba gukemuka, hanyuma ariko tugasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kuba mu baturage kugira ngo babumve kandi abaturage babibonemo”.

    Kuri gahunda ya NEC bigaragara ko amatora y’abayobozi b’imidugudu azaba ku itariki 23 z’uku kwezi k’Ukwakira, abayobozi b’uturere bakazatorwa tariki 19 Ugushyingo 2021, na ho abayobora Inama z’Igihugu ku rwego rw’Igihugu bakazatorwa ku itariki 23 Ugushyingo 2021.

    source : https://ift.tt/3l20tm3

  • Akabari ka ‘People’ kafunzwe nyuma yo gusanga abantu benshi mu kabyiniro kako #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo byabaye mu ma saa mbiri z’ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 1 Ukwakira 2021, ubwo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwahageraga bugasanga abantu barimo kubyina ari benshi cyane, begeranye, mu gihe amabwiriza ajyanye no gufungura utubari asaba ko abantu bicara bahanye intera ya metero, bubahirije n’andi mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Mu nama yabaye ejo ku wa Gtanu, abafite amahoteli, resitora n’utubari bongeye gusobanurirwa ko utubyiniro tutari mu byakomorewe, ko ahubwo icyemewe ari abacuranzi bashobora gususurutsa abahasohokeye mu gihe bafata amafunguro cyangwa ibinyobwa.

    Ibyo kandi byiyongera ku kuba akabari gafungura ari uko kahawe icyemezo cy’uko kujuje ibisabwa.

    source : https://ift.tt/3miqw7V

  • Abaturage b’i Bugeshi bahigiye kwitura Ingabo zabohoye igihugu – #rwanda #RwOT

    Aba baturage basuye ahari ingoro y’ahari ibirindiro bikuru by’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi kuri uyu wa 1 Ukwakira 2021, umunsi watangirijweho urugamba rwo kubohora igihugu mu myaka 27 ishize.

    Iki gikorwa cyabaye nyuma y’ukwezi abarwanyi b’umutwe wa FDLR bagabye igitero mu Murenge wa Bugeshi bakica inka z’umuturage.

    Abaturage b’Umurenge wa Bugeshi nyuma yo kubona amateka yaranze urugamba rwo kubohora igihugu bahize gufatanya n’ingabo gukumira umwanzi nk’agace gahana imbibi na Congo gafatwa nk’irembo ry’ibitero bya FDLR.

    Mujyanama Justin uhagarariye Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Murenge wa Bugeshi agendeye ku byo yiboneye yavuze ko agiye gufasha urubyiruko guharanira ko igihugu kitasubira aho cyavuye.

    Yagize ati “Ndebye amateka urubyiruko bagenzi banjye baharaniye ngo igihugu kibohorwe kuko kubaho nta gihugu bivuna; tugiye gufatanya duharanire ko iterambere rikomereza aho igihugu kigeze cyiyubaka. Tugiye kurushaho kwirindira umutekano kugira ngo tutazasubira aho twaturutse.’’

    Mudenge Boniface, umurinzi w’igihango mu rwego rw’igihugu avuga ko bajyanye imbaraga zizabafasha kurwanya umwanzi uhora ashaka gutera ibitero muri Bugeshi.

    Yagize ati “Twaje aho twigira amateka yo kubohora igihugu, imvano y’isoko y’ubuyobozi buzira ivangura. Turi ku marembo y’igihugu aho abasize bagihekuye bahora bashaka kugaruka kukibuza umutekano. Tujyanye ibivumbikisho bituma turushaho kubumbatira umutekano turinda umupaka wacu ngo umucengezi atabona n’akayira ameneramo agaruka kutwicira umutekano.”

    Yakomeje avuga ko abaturage ba Bugeshi bakeneye kurushaho gusobanurirwa amateka yaranze Abanyarwanda, ndetse akanabasaba gukomereza mu bufatanye buzira ivangura.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugeshi, Rwibasira Jean Bosco, avuga ko bagiye ku Murindi bashaka kwigira ku Nkotanyi akaba ari nayo mpamvu uku kwezi baguhariye ibikorwa bijyanye no kuzirikana ubutwari.

    Ati “Umurenge wa Bugeshi kuba wasuye iyi ngoro kuri uyu munsi bivuze byinshi, kuko iyi tariki ifite byinshi ivuze aho Ingabo zari iza FPR Inkotanyi zatangiriye urugamba rwo kubohora igihugu ngo zikivane mu gatsiko kari kakiyoboye gisubire muri ba nyiracyo, aho Abanyarwanda bari baraciwemo amoko.”

    Avuga ko Ukwakira ari ukwezi Umurenge wa Bugeshi wahariye ibikorwa by’ubukorerabushake n’ubumwe n’ubwiyunge.

    Mugabo Philemon, umukozi w’Inteko y’Umuco ukorera ku Murindi w’Intwari avuga ko kwakira abaturage bibafasha kumenya aho igihugu cyaturutse.
    Yagize ati “Kuba twakiriye abaturage ku munsi nk’uyu bigaragaza ko Abanyarwanda bakeneye kumenya amateka y’aho igihugu cyabo cyaturutse, barashaka kumenya amateka yaranze urugamba rwo kubohora igihugu.”

    Yavuze ko urugendo nk’urwo bakoze rutuma barushaho gukunda igihugu kuko barushaho gusobanukirwa amateka y’Urugamba, kuko hari urugendo rwa politiki yo kubaka RPF Inkotanyi kugeza umwanzi avanywe mu gihugu, hakabamo no kurokora abarimo bicwa no kubasubiza mu buzima busanzwe.

    Abaturage bo mu Murenge wa Bugeshi basuye iyi ngoro baherukaga guterwa n’ibitero by’abarwanyi ba FDLR ku wa 25 Kanama 2021, aho barashe inka z’umuturage ariko akaza gushumbushwa.

    Abaturage babasobanuriye amateka y’uko Ibiro bikuru bya FPR Inkotanyi byari byubatse n’uko byakoraga

    Batembera mu nzu yabagamo Umugaba Mukuru w’Ingabo za FPR Inkotanyi, Gen Major Kagame Paul ari naho yateguriraga urugamba

    source : https://ift.tt/3uwDp25

  • Akabari kitwa “People” kafunzwe – #rwanda #RwOT

    Ubu ni weekend ya kabiri utubari dufunguwe nyuma y’igihe kirenga amezi 18 dufunze nk’imwe mu ngamba zari zashyizweho zo kwirinda Covid-19.

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu ahagana saa mbili z’ijoro nibwo aka kabari gaherereye mu Murenge wa Kacyiru kafunzwe. Icyo gihe ubuyobozi bwahageze busanga mu kabyiniriro kako huzuye abantu, bari kwishimira impera z’icyumweru ariko nta n’umwe witaye ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Amabwiriza yashyizweho ubwo utubari twafungurwaga agena ko abantu baturimo bagomba kuba bahanye intera nibura ya metero imwe n’igice hagati y’intebe imwe n’indi.

    Ikindi kandi ni uko inzugi n’amadirishya bigomba kuba bifunguye kugira ngo umwuka ushobore kwinjira ku buryo buhagije kandi aho bishoboka abakiliya bagahabwa serivisi bari hanze.

    Gusa urebye amabwiriza yose yashyizweho n’inzego zibishinzwe, biragoye ko ashobora kubahirizwa uko yakabaye mu tubari cyangwa se ahandi hari utubyiniro kuko hari ubwo abantu bashiduka bayarenzeho kubera imbaraga z’inzoga ziba zimaze kubageramo.

    Aya mabwiriza ya @RwandaLocalGov na @RwandaTrade muyasome neza mwitonze arabafasha kugira wikendi nziza kandi itekanye 😉#NtaKudohoka pic.twitter.com/phO8EZUh7l

    — CP JB KABERA (@RNPSpokesperson) October 1, 2021

    Mbere y’uko aka kabari gafungwa, Umujyi wa Kigali na Polisi y’Igihugu bari bagiranye ibiganiro n’abakora ubucuruzi bwa Hotel, restaurant n’utubari mu rwego rwo kongera kwibukiranya amabwiriza yo gukora hubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

    Muri iyo nama, abakora ubucuruzi bwa Hotel, Restaurant n’Utubari basabwe gukangurira abakiliya gukomeza ingamba zo kwirinda kuko kudohoka byatuma ubwandu bwiyongera kandi bigateza n’ibindi bihombo byo gufungirwa ubucuruzi.

    Umujyi wa Kigali umaze gufunga akabari kazwi nka People kari mu Murenge wa Kacyiru nyuma yo kurenga ku mabwiriza agenga utubari muri iki gihe cya #COVID19.

    Mu masaha ya saa mbiri ubuyobozi bwasanze mu kabyiniro huzuyemo uruvunganzoka rw’abantu.#RBAAmakuru pic.twitter.com/kfDWTK3jOB

    — Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) October 1, 2021


    source : https://ift.tt/3zY4TyJ

  • Abadepite batoye itegeko risesa ibigo bine bya leta – #rwanda #RwOT

    Ibyo bigo byasheshwe ni Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG; Ikigega gishinzwe gufasha abarokotse Jenoside, FARG; Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, NURC na Komisiyo y’Igihugu y’Itorero, NIC.

    Iryo tegeko ryatowe nyuma y’uko hashyizweho Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu izaba ibumbatiye n’ubundi hafi inshingano zose zari zifitwe n’ibyo bigo.

    Bamwe mu badepite bagaragaje impungenge z’uko inshingano z’ibyo bigo byose, zishobora kutazakorwa neza mu gihe zizaba zitangiye gukurikiranwa n’iyi minisiteri imwe.

    Basabye ko habaho kwitwararika mu mikorere yayo ku buryo intambwe yari imaze guterwa mu bumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda no kurwanya Jenoside itazasubira inyuma cyo kimwe n’ibyari bimaze kugerwaho mu gusigasira imibereho myiza y’abarokotse Jenoside.

    Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Dr Jean-Damascène Bizimana, yijeje Abadepite ko minisiteri nshya izakora ibishoboka byose ku buryo intego y’ubumwe mu banyarwanda igerwaho.

    Yavuze ko nta tegeko na rimwe ririho ribuza Minisiteri ayoboye gushyiraho amahame na politiki zigamije ko inshingano zayo zigerwaho.

    Yasobanuye ko mu miterere y’iyi minisiteri, izaba ifite amashami afite inshingano n’ubundi zifite aho zihuriye n’ibi bigo byavuyeho.

    Inshingano z’ibigo birimo CNLG zimuriwe muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda

    source : https://ift.tt/3B2WfQQ

  • Minagri yasobanuye impamvu imbuto y’ibigori n’ifumbire bisigaye bikosha – #rwanda #RwOT

    Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Ukwakira 2021, ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya 2021/2022 A cyatangirijwe mu gishanga cya Cyampirita mu Murenge wa Rugaraga mu Karere ka Gatsibo.

    Minisitiri Mukeshimana yabanje kubaza abaturage ibigori bahinze ibyo ari byo bamubwira ko bahinze PAN bayiguze 2500 Frw ku kilo, amafaranga menshi ugereranyije n’uburyo igiciro cyari gisanzwe ku isoko.

    Yavuze ko koko ari byo na bo babizi ko ibigori bituruka hanze byahenze nyuma yo kubikuraho nkunganire ahubwo igashyirwa ku bigori bituburirwa imbere mu gihugu.

    Ati “ Ni byo imbuto zirahenze ziragura 2500 Frw ariko hari n’izigura 453 Frw rero impamvu byagenze kuriya turimo kugenda duteza imbere iby’iwacu noneho tugashyira nkunganire nyinshi ku mbuto yacu, ituruka hanze twayikuyeho nkunganire.”

    Yavuze ko impamvu yabyo ariko Leta idashaka gufata amafaranga ikayaha abanyamahanga, ikifuza ko amafaranga yakagiye muri izo mbuto zo hanze yaguma imbere mu gihugu agateza imbere Abanyarwanda.

    Ati “Urebye ntabwo imbuto yahenze ahubwo nk’uko mubizi ubu ngubu turakoresha imbuto zatuburiwe mu Rwanda, izo mbuto zifite nkunganire ntabwo zihenda zigura hafi 450 Frw, ni na yo n’ubundi zaguraga, ahubwo imbuto zahenze ni imbuto zitumizwa hanze kuko nta nkunganire iriho uyishaka agahitamo kuyigura ayigura ku giciro cye.”

    Impamvu ifumbire yahenze

    Minisitiri Mukeshimana yavuze ko ibibazo bya COVID-19 byatumye ifumbire ihenda kuko aho ituruka bitoroshye ko ipfa guhita iboneka; ibi ngo bikiyongera ku bihugu byinshi biri gushakira ubukungu mu buhinzi.

    Ati “Hari n’ubwoba bw’uko abantu benshi n’ibihugu byinshi biri gushakira ubukungu mu buhinzi noneho hakaba icyo kintu cyo kurwanira amafumbire noneho bigatuma igiciro kizamuka.”

    Yavuze ko kandi ikindi cyabiteye ari izamuka ry’ibiciro bya lisansi byose ngo bikaba biri mu bituma ifumbire izamuka cyane ugereranyije n’imyaka ishize.

    Dr Mukeshimana yavuze ko hari icyo Leta yabikozeho aho amafaranga yiyongereyeho leta yafatanyije n’abahinzi mu kuyagabana ku buryo ngo byatumye ifumbire idahenda cyane ku muhinzi.

    Minisitiri Dr Mukeshimana yavuze ko impamvu Imbuto y’ibigori yahenze byatewe no gukura nkunganire ku bituruka hanze y’igihugu

    source : https://ift.tt/3DkIw8P

  • U Bwongereza bwahaye u Rwanda inkingo ibihumbi 153 za Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Izi nkingo zatanzwe binyuze muri gahunda ya Covax igamije gukwirakwiza inkingo mu bihugu bikennye, aho u Bwongereza ari umwe mu bafatanyabikorwa bayo. Zageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 1 Ukwakira 2021.

    Zakiriwe mu gihe u Rwanda rukomeje gutera intambwe ikomeye mu gukingira abaturage barwo aho ubu nibura abarenga miliyoni 1,6 bamaze gukingirwa byuzuye mu gihe miliyoni 2,1 bo bahawe nibura doze imwe y’urukingo.

    Kuva muri Werurwe ubwo u Rwanda rwatangiraga gukingira, rumaze kwakira inkingo miliyoni zirenga 3,6 zabonetse muri gahunda ya Covax na AVAT yashyizweho na Komisiyo y’Umuryango wa Afurika y’Ubumwe bwa Afurika, AU.

    Hari n’izindi zabonetse binyuze mu bufatanye u Rwanda rufitanye n’ibindi bihugu hamwe n’izaguzwe ku bufatanye na Banki y’Isi.

    Izi nkingo u Bwongereza buzihaye u Rwanda nyuma y’iminsi mike Ambasade yabwo mu Rwanda itangaje ko igiye kwiga ku mwanzuro wafashwe n’igihugu cyayo ugena ko abanyarwanda bagiye mu Bwongereza bazajya bafatwa nk’abadakingiye, mu gihe inkingo zikoreshwa zimwe ari iki gihugu cyazitanze.

    Ku wa 18 Nzeri, Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko umuntu wakingiriwe muri Afurika cyangwa se muri Amerika y’Amajyepfo cyangwa se mu bindi bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Buhinde, Turikiya, Jordan, Thailand’ u Burusiya n’ahandi, azajya afatwa nk’utarakingiwe.

    Ibyo bivuze ko mu gihe uwo muntu yinjiye mu Bwongereza, azajya amara iminsi icumi mu kato kandi akipimisha Covid-19.

    Ibihugu byinshi ntibyigeze byishimira uyu mwanzuro bimwe bisaba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, Liz Truss, ibisobanuro by’aho urukingo rwa Pfizer byakoresheje mu gukingira abaturage babyo rutandukaniye n’urwo mu Bwongereza ku buryo abaruhawe bafatwa nk’abatarakingiwe.

    Zatanzwe binyuze muri gahunda ya Covax igamije gukwirakwiza inkingo mu bihugu bikennye

    Inkingo u Bwongereza bwahaye u Rwanda ni izo mu bwoko bwa AstraZeneca

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana (wa kabiri iburyo) ni umwe mu bari bagiye kwakira izi nkingo

    source : https://ift.tt/3FaGSrM