Tag: featured

  • Rulindo: Abarimu barasaba kwishyurwa ibirarane by’imishahara batahembwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abarimu babwiye Kigali Today ibi, ariko batifuje ko amazina yabo atangazwa, bavuga ko iki kibazo bakigejeje ku nzego zitandukanye zibafite mu nshingano kugeza ku rwego rw’Akarere, basaba kwishyurwa ibyo birarane, ariko ngo kugeza ubu, bikaba ntacyo bitanga.

    Umwe mu batangiye akazi muri Mutarama 2021, usangiye ikibazo na bagenzi be, cyo kuba atarahembwe ukwezi kwa Mutarama ndetse n’ukwakurikiyeho kwa Gashyantare, agira ati: “Ni ikibazo kidukomereye kubona bigeze iki gihe tutarishyurwa iyo mishahara. Guhera mu kwa gatatu twishyuza ayo mezi yombi, twategereje amafaranga, tubonye bidushobeye tuniyambaza Akarere, duhamagara ku matelefoni bigera n’ubwo twandika amabaruwa, tubagaragariza ikibazo cyacu; none biracyari ahongaho, nta gisubizo gifatika twigeze duhabwa kugeza ubu”.

    Iki kibazo ku ikubitiro abarimu biganjemo abo mu mashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Rulindo bari bagisangiye ari benshi, ariko ubwo byageraga muri Mata uyu mwaka, ngo hari abishyuwe abandi basigara n’ubundi batishyuwe, ari na bo bakomeje gutakamba basaba ko ikibazo cyabo gikemuka.

    Ngo kuba bageze iki gihe kiri gusatira impera y’umwaka bakiberewemo umwenda w’ayo mafaraga y’imishahara, ntibanagaragarizwe ikibazo cyabayeho, aba barimu babifata nko kubarangarana.

    Hari uwagize ati: “Nkanjye ayo mafaranga nateganyaga kuyazigama mu bimina duhuriyemo na bagenzi banjye, mvuga nti nagwira nzayashore mu buhinzi n’ubworozi, niteze imbere nk’abandi; None ubu dore igihe kirenga amezi umunani kirashize twiruka mu buyobozi ngo buduhe ayo mafaranga, bwaraducecekanye buratwihorera; twe abatarigeze bishyurwa icyizere ndabona kigenda kiraza amasinde. Kandi rwose ntibyumvikana ukuntu iki gihe cyose gishira, ikibazo kizwi n’inzego zose ariko kikaba kidakemuka. Ubu se umuntu ntiyabyita uburangare?”.

    Ati: “Namwe muzi ukuntu muri twa dufaranga duke mwarimu ahembwa, ari two avanamo ubukode bw’inzu, ayo ahahisha no kurihira abana minerivale. Twibaza impamvu ababishinzwe birengagije ibi, bakaba bakomeje kuryama ku dufaranga twacu twari ku mpamvu zidasobanutse. Ubu koko bazi ko tubayeho dute?”

    Turacyagerageza kuvugisha ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo, mu gihe bwagira icyo butangaza kuri iyi nkuru, turabibagezaho,…

    source : https://ift.tt/3Ac7tkA

  • Byamukuye i Washington: Uko Niyonkuru yatangije Guraride, umushinga w’amagare uzahindura ingendo muri Kigali (Video) – #rwanda #RwOT

    Guraride ni uburyo bw’amagare yagiye ashyirwa hirya no hino muri Kigali ashobora kwifashishwa n’ubushika wese. Icyo umuntu asabwa ni ukuba afite application ya ‘Guraride’.

    Umaze gushyira iyi application muri telefone yawe ikwereka ahantu hose hari sitasiyo mu Mujyi wa Kigali ushobora gusangaho aya magare.

    Iyo uhageze uhasanga umu-agent ukamubwira ko ushaka igare akariguha akamuha indangamuntu akayifotora ubundi ukaritwara. Uyu mu-agent niwe ukubwira imihanda wemerewe kuritwaramo mu Mujyi wa Kigali.

    Aya magare akoranye ikoranabuhanga kuko akoreshwa n’amashanyarazi kandi akaba afite GPS ituma akurikiranwa. Nubwo kugeza ubu akoreshwa ku buntu mu minsi iri imbere azatangira kwishyurwa.

    Ni umushinga watangijwe n’abashoramari batanu bahuriye mu kigo kizwi nka Safi ride/Guraride.

    Umwe muri aba bashoramari akaba na Visi Perezida wa Safi ride ni, Umunyarwandakazi witwa Niyonkuru Christella.

    Mu kiganiro na IGIHE, Niyonkuru wavukiye mu Burundi kuri se w’Umunyarwanda na nyina w’Umurundikazi yavuze ko yaje kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akiri muto

    Ati “Nize amashuri abanza mu Burundi ariko sinaharangirije kuko nahise njya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika niho nize andi mashuri yanjye yose muri Washington DC.”

    Nyuma yo kumara imyaka myinshi mu mahanga, yagize igitekerezo cyo gutaha kubera ibyiza yabonye mu Rwanda ubwo yarusuraga mu 2015.

    Ati “Igitekerezo cyo gutaha cyaje igihe nazaga mu Rwanda nkuze mu 2015 naje mu kiruhuko gusura umuryango nibwo nabonye ukuntu ari heza, iyo umuntu aba hanze cyane urubyiruko twakuriyeyo twagiye turi abana, bafite ukuntu batakwereka ibibi byo muri Afurika nibwo nakuze mbona ko atari ahantu heza ho kuba.”

    Nyuma yo kubona ko ibyo yabwirwaga kuri Afurika atari byo ngo nibwo yatekereje gutaha.

    Ati “Ubwo nazaga gusura umuryango nibwo nahise ngira igitekerezo nti ese uwaza hano, kubera iki ndimo ndavunikira igihugu kitari icyanjye nkoresha ubwenge bwinshi nteza imbere igihugu cyitari icyacu kuki nta tahaha ngo nteze imbere iwacu.”

    Nyuma yo kumara igihe ashaka ibintu bitandukanye ashobora gukorera mu Rwanda, Niyonkuru yaje gutekereza ku buryo bw’ingendo zifashisha amagare yagiye abona mu mujyi yateye imbere.

    Ati “Naravuze nti kuki tutazana ubundi buryo bw’ingendo bwiza bujyanye n’icyerekezo cy’igihugu bitanangiza ikirere. Byaje kuko ubwo buryo nsanzwe mbuzi hanze kuko nahakuriye. Kuko u Rwanda ari igihugu kiri gutera imbere nibwo navuze ngo kanyazane hano.”

    Yavuze ko nyuma yo kugira iki gitekerezo yakiganirije inshuti ye ikomoka muri Nigeria yitwa Tony Adesina.

    Uyu Tony niwe muyobozi Mukuru wa Safi Ride akaba yari yariganye na Niyonkuru muri Kaminuza muri Amerika.

    Ati “Nazanye igitekerezo ntekereza uburyo twagikora mu gihugu mfite inshuti yanjye twiganye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika akora ubucuruzi no kuri uyu mugabane n’iwabo muri Nigeria. Niko kumubwira nti wazaje ugasura u Rwanda ukaza ukahashora imari kuko mfite ibitekerezo byinshi ukamfasha tugakora ikintu hano ko nziko wahakunda.”

    “Ni uko namuzanye azagusura arahakunda tugira ibitekerezo byinshi dufata umwanzuro ku cy’ingendo ahita azana n’abandi bashoramari kuko ni ikintu gikomeye tutari gushobora turi abantu babiri ahita azana abandi batanu mu kigo ubwo twese turi abantu batanu.”

    Niyonkuru yavuze ko ikorwa ry’aya magare rinubakiye ku gitekerezo cya Made in Rwanda kuko ateranyirizwa mu Rwanda ndetse akaba yaranahawe n’amabara agize ibendera ry’Igihugu.

    Birenze uko twabitekereza

    Nyuma y’igihe gito uyu mushinga utangiye gushyirwa mu bikorwa, Niyonkuru yavuze ko yatunguwe n’uburyo igitekerezo cyabo cyashyigikiwe na Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange.

    Ati “Ibyo abantu batwereka birenze uko twabitekerezaga kuba twaratangiye tukabona Minisiteri Gatete yitabiriye icyo gikorwa cyacu ni ibintu birenze no kubona Umuyobozi w’Umujyi n’abo muri polisi, Guverinema igushyigikiye ibintu birikora.”

    “N’abantu baratwandikira ku mbuga nkoranyambaga bigaragaza ko amagare bayishimiye ari meza, agenda neza yoroshye gutwara no ku bagore n’abana ya buri wese tumaze kubona ibisubizo byiza. Ndashimira abaturage uko babyakiriye.”

    Kugeza ubu uyu mushinga umaze gutanga akazi ku bantu 40 ndetse hari icyizere cy’uko bazagenda biyongera kuko Niyonkuru ahamya ko intego ari ukuwugeza mu gihugu hose.

    Ati “Njye ubu kunguka kwajye kwaratangiye kuba naratangije umushinga twarawumuritse, dufite aho dukorera twarahaye akazi abakozi 40 ibyo kuri njye ni inyungu.”

    “Mu myaka icumi iri imbere turifuza ko yaba iri ahantu hose mu Rwanda, umuturage uri ahantu hose abashe kuyabona haba uri i Rubavu, Nyagatare turashaka ko agerwaho na buri muturage uwo ariwe wese.”

    Niyonkuru Christella yavuze ko nyuma yo kugera mu Rwanda akabona uburyo ibintu byose bikorwa mu mucyo ashishikariza Abanyarwanda baba mu mahanga gutaha abatabishoboye bakahashora imari.

    Ati “Umunyarwanda uba hanze inama namugira naze mu Rwanda arebe ubwiza bwaho, iyo mbimenya nari kuza cyera nanjye kuko ibihugu byo hanze bitwibagiza iwacu kuko baba batinya ko ibyabo twabyiba tukabizana hano.”

    “Ndashaka Abanyarwanda bari hanze bafunguke n’iyo utaza kuba aha ariko teza imbere igihugu cyawe, iryo terambere uri kubona waje ugateza imbere aha kuko ibyo bihugu byo byamaze gutera imbere kandi si iwacu.”

    Intego za Guraride ni uguteza imbere uburyo bw’ingendo butangiza ibidukikije n’umwuka abantu bahumeka, hifashishijwe moto n’amagare akoresha amashanyarazi.

    Hashize igihe gito mu Mujyi wa Kigali hatangijwe uburyo bw’ingendo bwifashisha aya magare

    Aya magare ateranyirizwa mu Rwanda

    Aya magare azajya akoreshwa n’ubishaka wese

    Niyonkuru Christella ari kumwe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Claver Gatete, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa n’Umuyobozi wa Polisi wungirije mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ACP Ruyenzi Teddy ubwo habaga umuhango wo gutangiza Guraride

    Christella Niyonkuru asobanurira abayobozi batandukanye imiterere y’uyu mushinga

    Christella Niyonkuru yafashe icyemezo cyo gutangiza Guraride nyuma y’imyaka mike atashye mu Rwanda

    source : https://ift.tt/2WHvuT3

  • Rubavu: Barindwi bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uzabumwana Pascal ni umwe mu bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha, avuga ko yafashwe ku wa Gatandatu tariki ya 2 Ukwakira 2021 nimugoroba atwaye Taxi. Yasabye imbabazi avuga ko atazongera gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha.

    Yagize ati “Hari ku isaha ya saa tatu z’ijoro abapolisi barampagarika bampimye basanga nanyoye inzoga, nari nanyoye icupa rimwe rwose. Ndasaba imbabazi ko ntazongera kunywa inzoga ntwaye imodoka, nzajya nywa ibinyobwa bidasembuye.”

    Dushakamahoro Ildephonse atwara abagenzi kuri Moto (umumotari), yavuze ko ari igisebo kuko yafashwe atwaye moto yanyoye ibisindisha.

    Ati “Ejo nahuye n’umuntu arambwira ati dore imvura yakunyagiye ngwino nkugurire agacupa, twaricaye turanywa, nanyweye amacupa atanu kuko nari mfite icyizere ko ndi hafi yo mu rugo. Abapolisi baramfashe basanga nanyoye.”

    Dushakamahoro yagiriye inama abamotari bagenzi be ndetse n’abandi baturarwanda muri rusange kujya birinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha.

    Ati “Inama nagira bagenzi banjye ni uko bazajya banywa inzoga igihe bataributware ibinyabiziga. Wakumva wanyoye ugaparika ntiwongere gutwara kuko byateza ibibazo bikomeye birimo gukora impanuka zikaba zahitana ubuzima bw’abantu, ndetse bakaba bafungwa bagacibwa amande nka gutya nafashwe.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko Polisi idashobora kwihanganira abantu bakirenga ku mabwiriza ndetse bashobora guteza impanuka zo mu muhanda. Yagarutse kuri bamwe bamara gufatwa bakiregura bavuga ko bari basomye gakeya.

    Yagize ati “Aba bantu uko ari barindwi bafatiwe mu bikorwa bya Polisi bigamije kurwanya abatwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha. Abavuga ko bari basomye agacupa kamwe icyo tubabwira ni uko igihe bazi ko bari butware ikinyabiziga bakwirinda kujya basoma ku nzoga, ibipimo byacu ntabwo bireba umubare w’amacupa y’inzoga wanyoye cyangwa umubare wa Litiro wanyoye, icyo tureba ni urugero rw’umusemburo w’ibinyobwaba yanyoye.”

    Yongeye kwibutsa abantu ko ibipimo fatizo bya Alukoro mu muntu ari 0.8 kuzamura, icyo gihe ufatwa nk’umuntu utwaye ikinyabiziga wanyoye ibisindisha. Yagarutse kuri bamwe mu bantu bamara gufatwa bakitwaza ko bari banyoye ibinyobwa bidasembuye, yavuze ko ubwo ari uburyo bwo kwiregura nyamara baba babizi ko banyoye ibinyobwa bisembuye.

    Yongeye kwibutsa abantu ko Polisi nta muntu ibuza kunywa inzoga, ko ahubwo ibagira inama yo kwirinda gutwara ikinyabiziga igihe cyose bayisomyeho.

    source : https://ift.tt/3msVk5Q

  • Uwacikishije Abatutsi bikamuviramo kwicirwa umugore n’abana, arasaba urubyiruko kwirinda amacakubiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mutabazi Reverien
    Mutabazi Reverien

    Mutabazi ni umushoferi, uwo murimo awukora kuva na kera kuko no mu gihe cya Jenoside yawukoraga.

    Avuga ko abo yahungishije ari abantu 18 bo mu muryango w’uwitwa Gaspard Rutabagisha wari inshuti ye, bamuhungiyeho nyuma y’uko we yari yamaze guhungira i Burundi.

    Rutabagisha uyu ngo hari igihe abaturanyi bajyaga bamutera mu gasantere bari baturiye, bamwita inyenzi. Ubwo indege yari itwaye Habyarimana yagwaga, Rutabagisha yagiye kumureba, amubwira ko atekereza ko nta mahoro aza kugira, kuko na mbere hose ntayo yari afite.

    Ubwo iwabo hageraga ibitero by’abicanyi bari baturutse za Mubuga na Mudasomwa, Mutabazi yagiye gushaka ya nshuti ye arayibura, agakeka ko bari bayicanye na bene wabo kuko aho yari atuye ari ho ibitero byari byerekeje.

    Ariko ngo yaje kumenya ko yari yahungiye i Burundi, hanyuma abana be ndetse na bene wabo bamuhungiraho, abonye abicanyi bashobora kuza kubamwicana yiyemeza kubaherekeza bakajya i Burundi.

    Ati “Uva iwanjye ujya i Burundi ubundi ni iminota 30, ariko twahagenze hafi amasaha ane, kuko twagendaga twihishahisha, uretse ko no mu bo nari mperekeje harimo abakecuru batabashaga kwihuta.”

    I Burundi ngo yabashyikirije uwari Chef de zone, ashatse kugaruka mu Rwanda muri iryo joro baramubuza, kugira ngo azabanze abonane na Rutabagisha yazaniye abantu.

    Agira ati “Bukeye bwaho twarabonanye, dusezeranaho, ni uko ngaruka mu Rwanda.”

    Icyakora abaturanyi bari bamubonye i Burundi ngo baketse ko yagiye kubwira Rutabagisha amakuru y’ubwicanyi n’ababikoze, maze mu nzira agaruka abantu bamubwira ko nagera iwe bamwica, ni ko gusubira i Burundi aho yamaze ukwezi, hanyuma Inkotanyi zafata u Rwanda akagaruka.

    Nyuma ya Jenoside ngo yakomeje kubana neza n’abaturanyi, ariko abumva Radiyo Agatashya bakajya bamubwira ko bamuvugaho, bakavuga ko ari icyitso cy’inkotanyi, kandi ko hari igihe bazabonana.

    Mu mwaka wa 1997 ngo baramuteye, bamwicira umugore n’umwana mutoya, bica nyirarume wari waje kubasura ndetse n’inka eshanu.

    Agira ati “Mu masaa tanu z’ijoro ni bwo baje, bakubita urugi bambwira ngo ninkingure nanjye mbabwira ko ntakingurira abo ntazi. Bamaze amasaha atatu barwana n’urugi, birangira baruciye barinjra. Ni uko bica marume wamfashije guhungira muri pulafo, banyicira n’umugore n’umwana ndetse n’inka eshanu. Bagiye bibwira ko nanjye banyishe kuko no muri pulafo baharashe.”

    Icyo gihe ngo yatabawe n’Ingabo z’u Rwanda zaturutse mu kigo cyari ahitwa i Remera, zari ziyobowe na Kapiteni Ruvusha.

    Kuri ubu asaba abantu bose, cyane cyane abakiri bato, kubana neza agira ati “Nta muntu ukwiye kuvutsa undi ubuzima. Ubuzima butangwa n‘Imana, bukisubizwa n’Imana. Abantu bajye babana neza.”

    source : https://ift.tt/3iumS9N

  • Muri Nzeri abantu umunani bafashwe bakekwaho kwiba amashanyarazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tariki ya 13 Nzeri 2021 uwitwa Havugimana yafatiwe kuri “station” ya “essence” ya Kobil mu Mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu arimo gutema urusinga (underground cable) rucanira amatara yo muri uwo Mujyi. Icyo gihe yasanganywe n’izindi nsinga yibye za REG ahita ashyikirizwa RIB ngo akurikiranwe.

    Ku munsi ukurikiyeho tariki ya 14 Nzeri 2021 uwitwa Ngendahimana Jean Claude w’imyaka 42, na we yafatiwe mu cyuho yiba umuriro ndetse yiyita umukozi wa REG arimo arahurira umuriro uwitwa Jeanine Mukarusine, mu mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Kigali. Na we yahise ashyikirizwa RIB ya Nyarugenge ngo akurikiranwe.

    Tariki 20 Nzeri 2021 hafashwe abantu babiri bakekwaho kwiba amashanyarazi. Abo ni Harerimama ufite imyaka 40 na Ngezahoguhora ufite imyaka 33. Bafatiwe mu Kagari ka Rwaza, Umurenge wa Rugerero, mu Karere ka Rubavu ndetse bahita bashyikirizwa RIB ya Gisenyi ngo bakurikiranwe.

    Tariki 22 Nzeri 2021 uwitwa Nzamwita Theo yafashwe yiyita umukozi wa REG ndetse yubakira abaturage imiyoboro y’amashanyarazi itemewe muri Rubavu,Umurenge wa Rugerero, Akagari ka Rugerero, Umudugudu wa Rusamaza. Na we yahise ashyikirizwa RIB ya Gisenyi ngo abibazwe.

    Tariki 24 Nzeri 2021 Niyoyita na Niyomukiza batuye mu Kagari ka Katabaro, Umurenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge bafashwe bakoresha amashanyarazi y’amibano. Bose bahise bashyikirizwa RIB ngo bakurikiranwe.

    Tariki 29 Nzeri 2021 Nsengimana bakunze kwita Bikabyo utuye mu Mudugudu w’Agatare, Akagari ka Karitutu, mu Murenge wa Muhazi, Akarere ka Rwamagana yafatiwe mu cyuho akekwaho kwiba amashanyarazi ndetse yiyita umukozi wa REG. Yahise ashyikirizwa RIB ya Kigabiro ngo abibazwe.

    Abiba umuriro n
    Abiba umuriro n’abiyita abakozi ba REG bagakora ibyo batemerewe barahagurukiwe

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubucuruzi mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (EUCL), Karegeya Wilson, avuga ko abakekwa bose bagezwa imbere y’ubutabera bagakurikiranwa kuri ibyo bikorwa bibi ndetse ashishikariza abaturage gukomeza gukorana na REG n’inzego z’umutekano kuranga izi nkozi z’ibibi cyane cyane ko kwiba amashanyarazi bimunga ubukungu bw’Igihugu.

    Karegeya yamaganye ibikorwa byo kwiba amashanyarazi, anasaba abaturage kubyirinda kuko ngo uretse kuba bidindiza iterambere ry’igihugu, bishobora no guteza impanuka za hato na hato.

    Ati “REG ifatanyije n’inzego z’umutekano n’abaturage buri gihe ikora ubugenzuzi bugamije guhagarika ibikorwa by’abantu biba amashanyarazi mu gihugu hose, kuko uretse kuba ari igihombo ku kigo, ni igihombo no ku Gihugu kuko bibangamira intego z’iterambere ry’Igihugu”.

    Abantu baranze inyubako ziba amashanyarazi hari igihembo bagenerwa na REG kubera icyo gikorwa bakoze.

    Kwiba amashanyarazi kandi ni icyaha gihanwa n’itegeko nimero Nº52/2018 ryo ku wa 13/08/2018 risimbura iryavuguruwe Nº21/2011 ryo ku wa 23/06/2011.

    Ni inkuru dukesha Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG)


    source : https://ift.tt/3FerGu1

  • Guhagarara kwa WhatsApp, Facebook na Instagram byari nko guhagarara k’ubuzima kuri bamwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki 04 Ukwakira 2021 imbuga nkoranyambaga nka WhatsApp, Facebook na Instagram zahagararaga, benshi bacitse ururondogoro, buri wese agerageza kureba niba ikibazo cyabaye kuri telefone ye cyangwa mudasobwa ye.

    Bamwe bibazaga impamvu bandika ubutumwa ntibugende, ndetse ntibabashe kwakira n’ubw’abandi babandikiye, abandi bibaza niba ari ikibazo cya internet ariko bakibaza impamvu imbuga zimwe zifunguka ariko izindi ntizifunguke. Hari abandi basibye byinshi mu byo bari bafite nko kuri WhatsApp bakeka ko wenda ishobora kuba hariho ibintu byinshi byayiremereye bikayibuza gufunguka. Hari n’abahinduye iri koranabuhanga muri telefone zabo bakongera kurisubizamo kugira ngo barebe ko rikora kuko bibwiraga ko iryo bafitemo rishaje, ariko byose biba iby’ubusa. bikomeza kuyoberana, cyane ko benshi babonaga bafitemo internet ihagije.

    Uku kugaragara basa n’abataye umutwe ni kimwe mu bigaragaza uburyo izi mbuga nkoranyambaga cyane cyane nka WhatsApp zikomeje kwigarurira abantu batari bake, dore ko benshi banazifashisha mu kazi kabo ka buri munsi bakabasha kwinjiza amafaranga, kuvugana n’abakiriya, bakabasha gutumanaho aho baba baherereye hose ku Isi, mu kanya gato kandi ku giciro gihendutse, ku buryo guhagarara kwazo kwateje abatari bake igihombo gikomeye.

    Izi mbuga nkoranyambaga zarushijeho kuba ingirakamaro by’umwihariko murii ibi bihe bya Covid-19 aho abantu basabwaga gukorera mu rugo ariko bagakomeza guhanahana amakuru.

    Mu gihe buri wese yabanje kwibaza icyabaye kuri iri tumanaho rye, ikibazo cyaje kumenyekana ko atari icy’umuntu ku giti cye, ahubwo ko ari rusange, ndetse ko cyabaye ku isi yose.

    Ba nyiri izi mbuga nkoranyambaga bifashishije ubundi buryo butandukanye bw’itumanaho, basobanura ko habayemo ikibazo ku rwego rw’Isi cyatumye zitarimo gukora, ariko ko barimo kugisuzuma no kugikemura, basaba abazikoresha kwihangana.

    Mu Rwanda ahagana saa sita z’ijoro nibwo izi mbuga nkoranyambaga zongeye gukora, benshi bishimira ko zigarutse, dore ko bamwe bari batangiye no kwibaza niba bashobora kubaho nk’uko babagaho mbere zitaraza, ariko bamwe bakumva bidashoboka.

    We’re now back and running at 100%.

    💚 Thank you to everyone around the world today for your patience while our teams worked diligently to restore WhatsApp. We truly appreciate you and continue to be humbled by how much people and organizations rely on our app every day. 💚

    — WhatsApp (@WhatsApp) October 5, 2021

    source : https://ift.tt/3uGwiUB

  • Abantu 36 barimo abanyamahanga 12 bafatanywe ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga z’inkorano – #rwanda #RwOT

    Muri iki gikorwa cyakozwe ku nshuro ya karindwi, hafashwe inzoga z’inkorano zifite agaciro gasaga miliyoni 17 Frw, ibiryo bitujuje ubuziranenge bya miliyoni 12 Frw, amavuta yo kwisiga ya miliyoni zirenga 2 Frw, amashashi yo gupfunyikamo y’ibihumbi 500 Frw, imiti ikoreshwa mu buvuzi bw’abantu n’amatungo ifite agaciro karenga ibihumbi 900 Frw, hafashwe amabuye y’agaciro yiganjemo gasegereti yafatanywe ababikora mu buryo butemewe n’amategeko afite agaciro ka miliyoni 2.8 Frw, imyenda n’inkweto bya caguwa bifite agaciro karenga miliyoni 1.7 Frw, insinga z’amashanyarazi zitujuje ubuziranenge z’ibihumbi 280 Frw.

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubugenzacyaha muri RIB, Twagirayezu Jean Marie Vianney, yavuze ko abantu 36 ari bo bafashwe muri iki gikorwa, 13 muri bo bafatanwa ibiyobyabwenge birimo n’urumogi, batandatu bafatanwa kanyanga n’izindi nzoga z’inkorano, 12 bafatirwa mu bikorwa by’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro, babiri bafatanywe ibyangombwa by’inzira by’ibihimbano n’aho batatu nta byangombwa bari bafite.

    Muri 36 bafashwe harimo abanyamahanga 12, bagizwe n’Abanya Nigeria batatu bafatanywe urumogi, Abanya-Pakistan babiri bafatanywe ‘ibyangombwa by’ibihimbano’, birimo ibibemerera kujya muri Afurika y’Epfo n’ibijya muri Tanzania, Umunya-Cameroun umwe, Umurundi umwe n’Umunya-Côte d’Ivoire umwe bafashwe nta cyangombwa kibaranga bafite dosiye z’abafashwe ziri gukorwa kugira ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Twagirayezu yasabye abaturarwanda kwirinda kugwa mu bishuko byo gucuruza no gukwirakwiza ibitujuje ubuziranenge.

    Ati “Iki gikorwa cyagaragaje ko hakiri abantu bakishora mu bikorwa bitemewe n’amategeko, nko gucuruza ibintu bitemewe cyangwa bitujuje ubuziranenge, gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge, gukora ibikorwa bibangamiye ibidukikije n’ibindi. Turashimira inzego zitandukanye n’Abanyarwanda bagira uruhare mu kugaragaza ibikorwa bitemewe tunibutsa ko inzego zibishinzwe zitazihanganira na rimwe buri wese wakomeza kwishora muri ibyo bikorwa.”

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubugenzuzi bw’Imiti n’Ibiribwa muri Rwanda FDA, Ntirenganya Lazare, yagaragaje ko intandaro yo kubona ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge kandi bikorerwa mu Rwanda ari uko hari ababishakamo indonke n’inyungu z’umurengera no kwirebaho gusa ntibarebe ku bandi bagiye guhabwa bya bicuruzwa.

    Ati “Impamvu tukibibona ni uko abantu bamwe babibonyemo ibibungukira mu buryo bw’amafaranga, kandi bashoyemo igishoro gitoya. Abo baharanira kubona inyungu nyinshi bakanyura mu buryo bwo gukora ibitemewe bishobora no kugira ingaruka ku buzima bw’abantu. Ndumva rero icyo kintu cyo gushaka indonke, gushaka inyungu nini ijyanye no gukoresha ibintu bitujuje ubuziranenge ko hakenewe n’ubundi ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo tugishakire igisubizo.”

    Yasabye abantu bose bifuza gutangira uruganda rukora cyangwa rutunganya ibicuruzwa runaka kubanza kugana Rwanda FDA bagahabwa inama ndetse no gusobanurirwa ’ibyo bagomba gukora mu nyungu rusange no guharanira gukora ibifite ubuziranenge’.

    Umuyobozi Mukuru wa RICA, Uwumukiza Béatrice, yavuze ko kuba mu byafashwe harimo ibintu by’ibyiganano bitujuje ubuziranenge ari ikintu kidakwiye kwihanganirwa kuko biteza ikibazo mu gihe abaturage babaguze ibitujuje ubuziranenge.

    Yavuze ko umuguzi afite uburenganzira bwo kumenya amakuru ku kintu agiye kugura bityo asaba ko buri wese mbere yo kugura ikintu yajya abanza kureba amakuru y’ingenzi kuri cyo arebana n’igihe kizarangirira cyangwa ikimenyetso cy’uko cyujuje ubuziranenge.

    Ku ruhande rwa Polisi y’u Rwanda, Umuvugizi wayo, CP John Bosco Kabera, yavuze ko gufata abacuruza ibitujuje ubuziranenge biri mu nshingano zayo cyane ko bashinzwe umutekano w’abantu ngo bityo iyo bakoresheje ibintu bitujuje ubuziranenge nta mutekano bashobora kugira.

    Yasabye abakora ubucuruzi kwisuzuma no kumenya amategeko agenga ibyo bakora mu rwego rwo kurushaho kugendera mu murongo muzima.

    Ati “Ibyo birabasaba ko bagomba kwisuzuma bakamenya amategeko agenga ibyo bakora. Ikindi ni uko ababifite babizana. Ngira ngo umuntu ubifite akavuga ati njyewe ibi bintu ndabona byakangize abantu cyangwa aho gukora ibitemewe n’amategeko nabireka. Aho kugira ngo bazategereze ngo bafatwe, banakurikiranwe bakabiraka. Ngira ngo umuntu abizanye habamo uburyo bw’inyoroshyacyaha cyangwa abantu bakagira uko babisuzuma.”

    Yavuze ko nubwo iki gikorwa cyakorewe mu gihugu hose ariko hari aho bishoboka ko inzego zibishinzwe zitageze, asaba ko ababa bafite ibyo bicuruzwa bitujuje ubuziranenge babishyikiriza Polisi bitaba ibyo bakitegura ko bazafatwa mu igenzura ritaha.

    Mu byafashwe harimo n’amavuta yo kwisiga yangiza uruhu

    Inzoga z’inkorano zifite agaciro ka miliyoni 17 Frw ni zo zafashwe

    Amashashi yagiye yinjizwa mu gihugu mu buryo bwa magendu na yo ari mu byafashwe

    source : https://ift.tt/3mmCJbP