Tag: featured

  • Banki ya Kigali yahembye abahinzi 10 bahize abandi mu gukoresha IKOFI kenshi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Mukuru wa BK Plc, Dr Diane Karusisi ashyikiriza sheki umwe mu bahinzi bitabiriye gukoresha IKOFI
    Umuyobozi Mukuru wa BK Plc, Dr Diane Karusisi ashyikiriza sheki umwe mu bahinzi bitabiriye gukoresha IKOFI

    IKOFI ni gahunda yashyizweho na Banki ya Kigali mu 2019, ikaba yaragenewe by’umwihariko abahinzi mu kubafasha kubitsa (amafaranga baba bishyuwe iyo bagurishije umusaruro), kubikuza, kohereza amafaranga ku buntu, kwishyura inyongeramusaruro, ndetse no mu gihe gito kiri imbere abahinzi bakazafashwa kubona serivisi z’imari zituma basaba inguzanyo mu buryo buboroheye.

    Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukwakira 2021, Banki ya Kigali yashyize k’ umugaragaro poromosiyo izamara amezi atatu yo guhemba buri cyumweru abahinzi 10 bakoresha kenshi IKOFI, ndetse hakazahembwa buri kwezi abacuruzi b’inyongeramusaruro 10 bahize abandi mu gukoresha iyi serivisi.

    Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi avuga ko iyi gahunda igamije gushishikariza abahinzi bose mu Rwanda gukoresha iri koranabuhanga kugira ngo banki ibone uburyo ibateza imbere.

    Dr Karusisi yagize ati “Tureba uburyo umuhinzi uri mu IKOFI akoresha amafaranga yishyura umucuruzi w’inyongeramusaruro, tukabasha kubona uwakoresheje IKOFI neza bikaduha amakuru azatuma tumugenera inguzanyo n’ibindi bimubereye.”

    Dr Diane Karusisi asaba abahinzi kwitabira IKOFI kugira ngo babone amahirwe yo kubona inguzanyo
    Dr Diane Karusisi asaba abahinzi kwitabira IKOFI kugira ngo babone amahirwe yo kubona inguzanyo

    Muri iyi poromosiyo izamara amezi atatu, umuhinzi wese watsinze azahabwa igihembo cya 50,000Frw. Mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo Covid-19, BK yatumiye umuhinzi uhagarariye bagenzi be icyenda basigaye mu ntara, aza gufata sheki, ariko bose bakaba baherewe amafaranga icyarimwe.

    Nyirasafari Christine utuye ndetse akaba ahinga ibirayi, ibigori n’ibishyimbo mu Karere ka Ngoma, Umurenge wa Karembo mu Kagari ka Karaba, avuga ko kwishyura akoresheje IKOFI yabigize umuco kuva yajya muri iyi gahunda mu mwaka ushize wa 2020.

    Nyirasafari agira ati “Kubera ko mba mfite imirima myinshi, buri gihe nkoresha IKOFI nishyura inyongeramusaruro. Ndashimira Banki y Kigali kuba yaraduteguriye iyi poromosiyo kuko igihembo nkuyemo kiri bumfashe mu kongera ubuhinzi bwanjye”.

    Nyirasafari avuga ko agiye kubwira abahinzi badakoresha IKOFI kubyitabira kuko harimo ibyiza byinshi nko kubitsaho akomoka ku musaruro wabo kugira ngo batayasesagura ndetse na poromosiyo irimo ibihembo bahawe izamara amezi 3.

    Banki ya Kigali ivuga ko muri iyi poromosiyo kandi izajya ihemba n’abacuruzi b’inyongeramusaruro 10 buri kwezi, bo bakazajya bahembwe amafaranga ibihumbi 100 buri umwe umwe.

    Kugeza ubu, serivisi ya IKOFI imaze kwitabirwa n’abahinzi basaga ibihumbi 300,000 bari hirya no hino mu gihugu, hamwe n’abacuruzi b’inyongeramusaruro 1,768.

    Nyirasafari Christine yahawe igihembo cy
    Nyirasafari Christine yahawe igihembo cy’uko akoresha IKOFI mu kwishyura inyongeramusaruro

    Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwifuza kuzageza IKOFI ku bahinzi bose mu Rwanda barenga miliyoni ebyiri, kugira ngo babashe kubona umusaruro uhagije Abaturarwanda barenga miliyoni 12 ndetse bakanasagurira amasoko mpuzamahanga.


    source : https://ift.tt/3lcU6MV

  • MTN Rwanda yatangije ‘Iremere na Yolo’ izafasha urubyiruko gutsindira miliyoni 10 Frw – #rwanda #RwOT

    Iyi poromosiyo yatangiye ku wa Mbere tariki ya 4 Ukwakira 2021, izamara ibyumweru 12, igenewe abari muri gahunda ya Yolo, ni ukuvuga urubyiruko ruri hagati y’imyaka 16 na 25 ndetse n’abafite 28 batangiranye n’iyi gahunda.

    Kuba umunyamahirwe bigusaba gukoresha serivisi za Yolo zitandukanye zirimo kugura inite na internet, gukoresha Ayoba na Star connect, serivisi yo guhamagara ugahuzwa n’icyamamare ukunda.

    Kwinjira muri iyi poromosiyo ukanda *154*7# ugakomeza gukoresha serivisi za Yolo kurusha uko wazikoreshaga.

    Abazakoresha izi serivisi kurusha abandi bazahabwa ibihembo bitandukanye, buri cyumweru bazajya bahemba ndetse hazatangwe n’igihembo nyamukuru poromosiyo isoje.

    Ibihembo bizatangwa birimo televiziyo, mudasobwa, amakarita yo guhaha, moto, amagare, telefoni zigezweho, inite na internet. Mu gusoza irushanwa hazahembwa abanyamahirwe batatu uwa mbere azahabwa miliyoni 5Frw, uwa kabiri miliyoni 3Frw, uwa gatatu ahabwe miliyoni 2Frw.

    Umukozi muri MTN Rwanda, Wibabara Gisèle Fanny, yavuze ko bashyizeho iyi poromosiyo kugira ngo bafashe urubyiruko kuzahura ubukungu bwazahajwe na Covid-19 ndetse no kuzamura impanuro zabo.

    Yagize ati “Buri mwaka tugira poromosiyo yo gushimira abakiliya bacu ariko tugira ikindi kintu twabaha cy’impano. Ubu twashatse kugira ngo twibande ku rubyiruko kuko ruri mu bantu bagizweho ingaruka na Covid-19 ni bwo twavuze ngo ni iki twabakorera kugira ngo tubahe impano zabasha kubazamura.”

    Yakomeje avuga ko ikindi cyatumye bahitamo urubyiruko ari ukugira ngo barufashe kuzamura impano zabo.

    Abazajya batsinda bazajya bahemberwa kuri teleziviyo Rwanda buri wa Gatanu guhera Saa Moya z’umugoroba, nimero ya MTN izajya ihamagara abatsinze ni 0784000000.

    MTN Rwanda yatangije ‘Iremere na Yolo’ izafasha urubyiruko gutsindira miliyoni 10 Frw

    source : https://ift.tt/3aoTayV

  • Kimisagara: Hatewe ‘Ibiti by’Amahoro’ hizihizwa Ukwezi k’Ubumwe n’Ubwiyunge – #rwanda #RwOT

    Uku Kwezi kwizihizwa kugira ngo Abanyarwanda baganire ku kamaro k’ubumwe n’ubwiyunge, bikajyana n’umwihariko w’u Rwanda nk’igihugu gifite amateka yihariye, arimo Jenoside yakorewe Abatutsi yatewe n’isenyuka ry’ubumwe bw’Abanyarwanda, ryagizwemo uruhare n’abakoloni.

    Ubuyobozi bw’uyu Murenge bwavuze ko impamvu y’iterwa ry’ibi biti ifitanye isano ya hafi n’aya mateka ndetse intego yabyo akaba ari ugukomeza gushimangira intambwe imaze guterwa mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.

    Umunyamabanga Nshingabikorwa w’uyu Murenge, Kalisa Jean Sauveur, yavuze ko ibi biti byatewe ahantu hahurira abantu benshi.

    Yagize ati “Ahantu byatewe ni ahantu hakunze guhurira abantu benshi, bagiye kuhakorera inama cyangwa ibindi bikorwa rusange. Tubyitezeho umusaruro kuko buri nshuro abantu bazajya bahura, bazajya babona cya giti, bibukiranye akamaro k’ubumwe n’ubwiyunge bityo burusheho gucengera mu Banyarwanda. Ibyo bizarushaho kutuzanira amahoro, ari na yo mpamvu ibi biti twabyise ibiti by’amahoro.”

    Umwe mu baturage bo mu Murenge wa Kimisagara yagize ati “Ni byiza cyane kuko bizatuma abaturage twese twumva ko dukwiye kubana mu mahoro nta wubungamira undi, cyane ko twumvise ko abaturage ubwacu ari twe tuzajya tubyuhira.”

    Ibi abihuriyeho na Karegeye Emmanuel, wagize ati “Ibi biti byadushimishije kuba byatewe mu murenge wose nk’ikimenyetso cy’inzira y’ubumwe n’ubwiyunge, bizagaragariza buri muturage ko akwiye kubana na mugenzi we mu mahoro.”

    Uretse iki gikorwa, urubyiruko rw’abakorerabushake rwo muri uyu Murenge wa Kimisagara rwishyuriye abaturage 200 batishoboye mituweli.

    Abaturage bo mu Murenge wa Kimisagara bateye Ibiti by’Amahoro bigamije gushimangira Ubumwe n’Ubwiyunge

    Ibi biti byatewe muri buri Mudugudu ahahurira abantu benshi

    source : https://ift.tt/2YkRQuv

  • RwandAir na Qatar Airways byasinye amasezerano azafasha abagenzi kugana mu byerekezo bisaga 65 – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 5 Ukwakira 2021, ni bwo Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo n’Umuyobozi wa Qatar Airways Group, Akbar Al-Baker, bashyize umukono kuri aya masezerano y’impande zombi.

    Aya masezerano azwi nka “codeshare agreement”, ashyirwaho iyo ibigo bibiri by’indege byinjiye mu mikoranire ituma kimwe gishobora guha umugenzi gahunda y’urugendo ariko ikubahirizwa n’ikindi.

    Muri aya masezerano kandi RwandAir izatangiza ingendo zihuza Umujyi wa Kigali n’uwa Doha ariko zidahagaze bitarenze Ukuboza 2021.

    Biteganyijwe ko abagenzi baturutse mu mfuruka zose z’Isi bazungukira muri aya masezerano kuko azatuma ibyerekezo yaba indege ya RwandAir na Qatar Airways iganamo biziyongera.

    Abagenzi bakoresha izi ndege kandi bazoroherwa no kugura amatike mbere [reservation] mu gihe cyo gukora ingendo ziri mu byerekezo izi sosiyete zikoreramo; bazajya bahabwa itike imwe ndetse n’ibindi bijyanye no gusakwa, gusuzuma imizigo yabo byose bikorerwe mu buryo buhuriweho.

    Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Makolo, yavuze ko isinywa ry’amasezerano ari ingenzi mu mikoranire yabo na Qatar Airways.

    Yagize ati “Iyi ni intambwe ikomeje kuri RwandAir ndetse ni intangiriro y’urugendo rushya na Qatar Airways. Twishimiye byimazeyo guha ikaze Doha mu cyerekezo gishya, gihuza abakiliya bacu na Qatar.’’

    “Aya masezerano azaha abakiliya bacu amahirwe akwiye kandi aboneye azafasha RwandAir kubaka ubudahangarwa ku Isi yose no kubakira ku musingi uhamye w’abakiliya ifite muri Afurika.’’

    Amasezerano y’imikoranire hagati ya Qatar Airways na RwandAir yitezweho kuzahura urwego rw’ingendo zo mu kirere rwahungabanyijwe n’ingamba zafashwe mu kwirinda ikwirakwira rya COVID-19, icyorezo cyatumye ingendo nyinshi mpuzamahanga zihagarara.

    Umuyobozi wa Qatar Airways Group, Akbar Al-Baker, yahaye ikaze RwandAir mu rugendo rudahagaze rwa Kigali-Doha.

    Yakomeje ati “Binyuze muri aya masezerano yumvikanyweho, twiteguye gutanga amahitamo aboneye ku bakiliya bacu muri Afurika n’ahandi ku Isi.’’

    “Imikoranire mishya izafasha Qatar Airways kwinjira ku isoko ry’Akarere no kuzuzanya n’uburyo bwacu bwo kwagukira ku Mugabane wa Afurika.’’

    Qatar Airways ishaka gushinga imizi ku isoko rya Afurika no kugera mu byerekezo bitandukanye birimo Bujumbura mu Burundi, Kinshasa na Lubumbashi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Binyuze muri aya masezerano, abakiliya ba RwandAir bazajya bashobora kugura amatike ku ngendo zigana mu byerekezo birimo Amerika muri New York, Washington D.C., Dallas na Los Angeles.

    Imikoranire kandi izanagukira mu mijyi y’i Burayi irimo London, Zurich na Madrid ndetse no muri Aziya mu mijyi ya Singapore, Kuala Lumpur na Bangkok.

    RwandAir yinjiye mu mikoranire na Qatar Airways nyuma y’iminsi mike, Ikigo gikora Ubushakashatsi ku birebana n’indege n’ibibuga byazo, Skytrax kiyishyize ku mwanya wa mbere muri Afurika muri Sosiyete zikora ubwikorezi bwo mu kirere zifite abakozi batanga serivisi nziza mu 2021.

    Ni igihembo cya kabiri yari yegukanye nyuma y’uko muri Gicurasi 2021 yari yabaye ikigo cya mbere muri Afurika cyashyizwe ku rwego rwa ’Diamond’ kibikesha kugira indege zitekanye kandi zirimo isuku ifasha abagenzi kutandura COVID-19.

    Muri Kanama 2021 kandi RwandAir na Qatar Airways byemeranyije ko abakiliya bakora ingendo nyinshi bazikoresheje bazajya bahitamo ibyerekezo bashaka birenga 160 by’izi sosiyete zombi banyuze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali n’icya Hamad kiri i Doha muri Qatar.

    Ayo masezerano ateganya ko umukiliya wa Qatar Airways wagorwaga no gukorera ingendo muri Afurika kubera ko iyi sosiyete itahagera hose, azajya ajyayo kimwe n’uwa RwandAir wifuza kujya aho itagera ariko Qatar Airways ihagera azoroherezwa kuhagera.

    RwandAir igana mu byerekezo 30 mu Burengerazuba, Iburasirazuba, Amajyepfo no muri Afurika yo Hagati, Uburengerazuba bwo Hagati, Aziya n’u Burayi.

    Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo n’Umuyobozi wa Qatar Airways Group, Akbar Al-Baker, ni bo bashyize umukono kuri aya masezerano

    Aya masezerano azafasha abagenzi bakoresha indege za RwandAir na Qatar Airways kugana mu byerekezo bisaga 65 muri Afurika n’ahandi ku Isi

    source : https://ift.tt/3AcLPwO

  • Akarere ka Karongi kagiye kongera iminsi y’isoko gahuriraho n’abanyekongo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abikorera batuye ku kirwa cy
    Abikorera batuye ku kirwa cy’Ijwi bahabwa ikaze mu Rwanda

    Ni icyifuzo bagaragaje mu nama abikorera bakorera bo ku Ijwi n’ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi n’abikorera baho, bagamije kunoza imihahiranire hagati y’icyo kirwa n’Akarere ka Karongi karimo isoko mpuzamipaka bakunda guhahiraho.

    Abikorera batuye ku kirwa cy’Ijwi basuye Karongi nyuma y’uko abikorera ba Karongi na bo basuye abo ku Ijwi tariki ya 20 Mutarama 2020, hagamijwe kuganiriza n’abahakorera banoze ubuhahirane, harebwa ibyo bafite bashora mu Rwanda n’ibyo bakeneye, urugaga PSF rw’abikorera rwa Karongi rwajya rubashyira nk’abantu bahuriye ku isoko ryambukiranya imipaka.

    Icyakora Covid-19 yatumye badashobora kuza kureba ibikorerwa mu Rwanda, ariko ibintu bitangiye koroha basuye Akarere ka Karongi bahura na PSF yaho.

    Umuyobozi w’Akarere ka Karongi wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Theophile Niragire, avuga ko harebwa amahirwe aboneka ku mpande zombi yabyazwa umusaruro.

    Ati “Amahirwe ya mbere ni uko ugereranyije n’imijyi ya Goma na Bukavu, ni twe duturanye n’ijwi kandi twahahirana byoroheje, ikindi hari byinshi bikorerwa mu nganda iwabo badafite. Urebye ibikomoka ku nyama, ibijyanye no kubaka ndetse n’ibikomoka ku buhinzi bitunganyirizwa mu nganda, bakeneye ko tubahuza n’abacuruzi bacu bakaganira ku mikorere kandi ibi byafasha n’abandi bikorera bari hanze ya Karongi bajya bazana ibicuruzwa hano bikoherezwa ku Ijwi.”

    Abikorera ku Ijwi basabye ko iminsi y
    Abikorera ku Ijwi basabye ko iminsi y’isoko yongerwa

    Niragire avuga ko bemeje kunoza imikoranire nko kongera iminsi y’isoko ryari risanzwe rikora umunsi umwe mu cyumweru (kuwa batanu) ikaba ibiri, bemererwa ko igihe bashakira bajya bamenyesha ibyo bashaka bakaza kubitwara.

    Bifuje ko haba ubufatanye bwo kubaka ubwato bukoreshwa mu buhahirane hagati ya Karongi n’ikirwa cya Ijwi kuko nta bwato bwizewe buhari bakajya baza bizeye umutekano wo mu mazi.

    Ibyo abatuye ku Ijwi bazana mu Rwanda

    Nirere ati “Tubakeneyeho isoko bakaza kuduhahira, ariko hari n’ibyo bafite twabahahira bikomoka ku buhinzi nk’inanasi, ibitoki n’ibishyimbo kandi ntibisaba ibyangombwa kugira ngo bizanwe mu Rwanda, hagendewe ku masezerano agenga ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi. Gusa n’ibindi bakwifuza babitugaragariza bagacuruza iwacu natwe tugacuruza iwabo”.

    Yongeraho ko badakumira ibituruka muri Congo ahubwo ikibazo n’uburyo bizanwamo nka magendu.

    Ati “Ntibikwiye ko babyambutsa nka magendu, babinyuze ku mipaka izwi, ibisora bisoreshwe n’ibidasora bitambuke mu nzira zizwi, ntitwifuza gucuruza iwabo badacuruza iwacu, gusa bikorwe mu nzira izwi.”

    Ikirwa cy’Ijwi cyegereye u Rwanda kandi gihahirana na Karongi kurusha indi mijyi ya Congo, bakaba bafite ikibazo cy’ingendo zo mu mazi kuko nta bwato bwizewe buboneka mu mazi y’Ikivu bukoreshwa mu buhahirane.

    source : https://ift.tt/2YqNDp0

  • Sendika y’abarimu iratangaza ko itazongera kwihanganira abitwara nabi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Sendika y
    Sendika y’abarimu yahembye umwarimu wahize abandi mu kwigisha mu mashuri yisumbuye ya Leta

    Iyo sendika igaragaza ko hari ubuvugizi yagiye ikora ikanabukorera abarimu bitwara nabi cyangwa abayobozi b’ibigo by’amashuri, ariko ko bigiye gusubirwamo uwitwaye nabi agahanwa cyangwa akagororwa byananirana akirukanwa.

    Byatangarijwe mu gikorwa cyo guhemba umwarimu w’indashyikirwa wahize abandi mu kwigisha mu mashuri yisumbuye ya Leta, Obed Ruzibiza, wigisha kuri ES Murama mu Karere ka Ruhango wahembwe inka, igikorwa cyabaye ku ya 4 Ukwakira 2021.

    Umunyamabanga mukuru wa SNER, Mukangango Stéphanie washyikirije uwo mwarimu inka, asaba abarimu kuba intangarugero no kurangwa n’indangagaciro muri byose bakora kugira ngo babashe kurerera Igihugu.

    Agira ati, “Ingendo yawe, imvugo yawe, uko uvuga byose bikugaragaze nka mwarimu ugendera ku ndangagaciro nyarwanda, nibwo abana bazakureberaho”.

    Hagiye gusubizwaho umunsi w’igenzura rya mwarimu

    Mukangango avuga ko mu byemezo biherutse gufatwa, hasubijweho umunsi wo kugenzura abarimu (Journée Pédagogique) ku wa gatatu wa buri cyumweru nyuma ya saa sita, aho abarimu bose bazajya bicara bakaganira uwananiranye agahanwa, uzi gutanga isomo ry’ikitegererezo akaritanga abandi bakareberaho unaniranye akagororwa.

    Mukangango ashimira Obed wahize abandi mu kwigisha mu mashuri yisumbuye
    Mukangango ashimira Obed wahize abandi mu kwigisha mu mashuri yisumbuye

    Nyuma y’isaha imwe kandi buri gitondo hazajya haganirizwa abana bananiranye ku buryo bose bajya ku murongo, ibyo byose bigamije kongera guhesha ishema umwarimu no kongera kwibuka indangagaciro z’umurezi.

    Avuga ko umuyobozi b’ikigo cy’amashuri wananiranye cyangwa witwara nabi nawe azajya akurwa mu muryango w’abarimu.

    Agira ati “Usanga hari aho abarimu baza imbere y’abanyeshuri bambaye ipantaro yacitse mu ivi, umwarimu wambaye nabi aba yigisha umunyeshuri kwambara nabi, umwarimu uzongera kugongana n’amategeko ntazongere kwitakana Sendika y’abarimu”.

    Umwarimu wahembwe ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya Murama mu Murenge wa Bweramana, avuga ko kugira ngo umwarimu abe indashyikirwa biva ku bufatanye bw’ikigo, umwarimu n’umwana bose baba bafatanyije.

    Agira ati “Inka mwaduhaye ni inka y’intsinzi mu muryango w’iri shuri, hano ntitwitwa ikigo twitwa umuryango kuko hano turafatanya ari nabyo byatumye tugera kuri iki gikorwa cyo kuba ndi indashyikirwa mu bariumu”.
    Avuga ko bagiye gukomeza kwitanga kugira ngo bikomeze gutera ishema abandi barimu bagenzi be, dore ko no kuri iki kigo bahawe amafaranga miliyoni imwe yo kuzamura ikimina cyabo.

    Mbabazi avuga ko umwarimu mwiza ari uwigomwa
    Mbabazi avuga ko umwarimu mwiza ari uwigomwa

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ruhango, Muhoza Mbabazi Louis, avuga ko niba umwarimu ari ku isonga mu kubaka uburezi buhamye, bitanga icyizere cy’iterambere ry’uburezi mu gihe kiri imbere.

    Yongeraho ko ubuyobozi bw’ibigo iyo bumeze neza, n’abarimu baba beza akavuga ko umwaka ushira undi ugataha umwarimu akwiye kumva ko umurimo akora wamunyura kandi ukamubera kuko ni ho uburezi bw’u Rwanda buzagira ireme.

    Agira ati “Uburezi bufite ireme ni umwarimu wishimye, umwarimu utinda gutaha ategura ibyo abanyeshuri bazahabwa ejo akanabikora ejo mu gitondo azindutse, uwo ni we mwarimu uzatanga uburezi bufite ireme!”

    Avuga ko indangagaciro zirimo kwigombwa no kwitanga, guca bugufi ari ingenzi cyane mu gukoresha ukuri no kwirinda gukoresha ubucabiranya kuko bwangiza abamureberaho by’umwihariko urubyiruko.

    Abarimu bari bitabiriye guhemba mugenzi wabo
    Abarimu bari bitabiriye guhemba mugenzi wabo


    source : https://ift.tt/3uPE7HS

  • U Bubiligi bwahaye u Rwanda doze ibihumbi 196 z’inkingo za COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Ni inkunga yatanzwe muri gahunda ya COVAX igamije kugoboka ibihugu bikennye nabyo bikabasha kubona inkingo bityo bikihutisha ibikorwa by’ikingira.

    Iyo nkunga yabonetse mu masaha make u Rwanda rumaze kwakira indi ingana na doze ibihumbi 857 by’inkingo zo mu bwoko bwa AstraZeneca rwahawe n’u Butaliyani.

    Inkingo rukomeje guhabwa ndetse n’izo rugura zitezweho kwihutisha umuvuduko w’ikingira intego rwihaye yo kuzaba rwarakingiye 60% by’abarutuye mu mpera za 2022 ikagerwaho, ibintu bizagarura ubuzima busanzwe.

    Magingo aya abaremga miliyoni 2,1 bamaze guhabwa dose ya mbere y’urukingo, naho abarenga miliyoni 1,6 bakingiwe byuzuye.

    Imibare y’abandura n’abahitanwa n’icyorezo nayo igenda igabanuka. Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko ari intambwe yo kwishimirwa cyane ko ibikorwa byinshi bimaze gukomorerwa, ikibutsa Abaturarwanda kutirara hirindwa ko ibintu byasubira irudubi.

    Inkingo u Bubiligi bwahaye u Rwanda zatanzwe muri gahunda ya COVAX

    Zazanywe na Sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere y’Ababiligi, Brussels Airlines

    source : https://ift.tt/3Bde9R1

  • Idindira ry’ubwikorezi bw’ibicuruzwa mu nyanja rishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ikibazo gihari kiri mu buryo bubiri; hari ikibazo cya kontineri nke zitwara ibicuruzwa, hakaba n’ikibazo cy’ubwato bwabaye buke muri iyi minsi bitewe n’impamvu zitandukanye.

    Ubusanzwe, kontineri nyinshi zikorerwa mu Bushinwa, bukora izirenga 90% by’izikoreshwa ku Isi. Mu ntangiriro z’umwaka ushize, ubwo ubucuruzi butari bwifashe neza ku rwego mpuzamahanga bitewe n’icyorezo cya Covid-19, inganda nini zikora kontineri mu Bushinwa zagabanyije umubare w’izo zakoraga, kuko izigera kuri miliyoni 1,2 zari mu bubiko zitegereje abaguzi cyangwa gushyirwa abaziguze, mu gihe ku byambu byo mu Bushinwa hari izigera kuri miliyoni 3 zitarimo imitwaro, ibyatumaga imibare yerekana ko ikenerwa rya kontineri nshya ritari hafi aha.

    Icyakora ibintu byahinduye isura ubwo Perezida Trump yasinyiraga ko Leta ye irekura miliyari ibihumbi 2$ yagombaga gufasha abaturage guhangana n’ingaruka za Covid-19, bigatuma Abanyamerika bongera kugira ubushobozi bwo kujya ku masoko hirya no hino.

    Ubu bushobozi bw’Abanyamerika bwo guhaha, kongeraho itangwa ry’inkingo n’ifungurwa ry’ibikorwa by’ubucuruzi byari byaradindijwe n’icyorezo cya Covid-19, byatumye ubucuruzi hagati ya Amerika na Aziya bwiyongera ku kigero cya 27% mu mezi arindwi ya mbere y’uyu mwaka, ugereranyije n’amezi arindwi ya mbere y’umwaka wa 2019 icyorezo kitaraza.

    Icyakora nubwo ubucuruzi bwiyongereye, ibigo bitwara ibicuruzwa mu bwato, byari byaragabanyije 11% by’ubwato bukoreshwa mu gutwara ibicuruzwa ku Isi, bitewe n’uko ubucuruzi mpuzamahanga bwari bwaragabanutse.

    Mu gihe ubucuruzi bwongeraga kuzanzamuka muri Amerika mu buryo bwihuse, ibigo bitwara ibicuruzwa mu bwato ntabwo byari bifite ubwato buhagije bwo guhita butwara ibicuruzwa, kuko bwinshi muri ubwo bwato bwahagaritswe, bwari buparitse ku byambu bya kure kandi burimo ubusa, ku buryo kugira ngo bugaruke mu kazi, byasabaga ko bujyanwa ku byambu biriho ibicuruzwa, cyane cyane ibyo muri Aziya y’Iburasirazuba na Amerika, kugira ngo bushyirwemo ibicuruzwa kuko ari ho hari kontineri z’ibicuruzwa.

    Uku kujyana ubwato bwinshi ku byambu bike bikorerwaho ubucuruzi bwinshi byagize ingaruka kuko byatumye ubwato buba bwinshi ku byambu, bituma havuka umubyigano w’ubu bwato, bumwe bukajya butegereza ubundi ko burangiza gupakira cyangwa gupakururwa kugira ngo bugerweho.

    Nko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, ibyambu byo muri Amerika byakiriye inyongera ya 14% by’ubwato butwara ibicuruzwa, ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cya 2019 mbere y’icyorezo.

    Ku rundi ruhande, mu gihe ibyambu byariho umubyigano w’ubwato, kontineri nazo zaragabanutse kuko igihe zimara ku byambu, zaba ziri gupakirwa cyangwa gupakururwa, cyiyongereye kuko zihagerera rimwe ari nyinshi bityo zigategereza igihe kinini. Ibi byatumye ibigo by’ubwato butwara ibicuruzwa bijya ku isoko gukoresha izindi ariko izi na zo ntizahaza isoko kuko izikenewe ziruta kure ubwinshi bw’izikorwa.

    Ibi byose byavuyemo ko ibiciro bya kontineri nshya byiyongereyeho arenga 50%, mu gihe ibiciro byo gutwara kontineri mu bwato na byo byikubye hafi kane. Nk’urugero, kuvana kontineri nini mu Bushinwa uyijyana muri Amerika mu 2019, byashobora gutwara ibihumbi 2,5$ ariko ubu biri gutwara arenga ibihumbi 10$. Iri zamuka ryabayeho n’ahandi henshi ku Isi.

    Ubwato bwinshi bwafatiwe mu mubyigano uri ku byambu bitandukanye, ku buryo igihe bitwara ngo bube buhavuye cyiyongereye cyane

    Ingaruka ku Rwanda

    Ku rwego rw’Isi, u Rwanda ni kimwe mu bihugu biri kure y’inyanja rukuraho ibicuruzwa. 70% by’ibicuruzwa byinjira mu gihugu binyura ku cyambu cya Dar Es Salaam muri Tanzania kiri ku Nyanja y’u Buhinde, mu birometero 1416 uvuye mu Rwanda.

    Ubusanzwe amafaranga agurwa igicuruzwa aba akubiyemo n’igiciro cy’ingendo zirimo n’izo mu nyanja ariko aya mafaranga akunze kuba ari make cyane ku buryo atagira ingaruka zikomeye ku giciro cya nyuma. Icyakora mu gihe hiyongereyeho itinda ry’ibicuruzwa mu nzira, igiciro cy’aya mafaranga gishobora kwiyongera, bikagira ingaruka ku muguzi wa nyuma ugomba kwishyura menshi kugira ngo abone igicuruzwa runaka.

    Ibi nibyo biri kuba ku bacuruzi bavana ibicuruzwa mu mahanga babizana mu Rwanda. Mu kiganiro na Rwanda Today, Vichal Shah, Umuyobozi Mukuru wa Rwacom, ikigo gikora ibikoresho bya pulasitiki birimo n’amajerekani, yavuze ko iri dindira ry’ingendo z’ubwato butwara ibicuruzwa ryagize ingaruka ku bucuruzi bwabo, kuko bahombye amasoko bitewe n’uko ibicuruzwa byajyaga bibageraho mu gihe cy’ukwezi, bimaze amezi atatu bitarabageraho.

    Yagize ati “Twatumije kontineri y’ibikoresho dukoramo ibicuruzwa byacu muri Kamena ariko n’ubu ntabwo turabona ibicuruzwa, ubusanzwe byatwaraga ukwezi kumwe, ariko ibijyanye n’igihe byatwaraga byarahindutse, kandi byagize ingaruka ku bucuruzi bwacu kuko twaguye mu bihombo.”

    Uyu muyobozi yasobanuye ko ikibazo nyamukuru kiri guterwa n’uko “Nta bwato bwinshi buri kugera ku cyambu cya Dar Es Salaam kuko bwafashwe [bukerekezwa mu bindi byerekezo], ibigo bitwara ibicuruzwa mu bwato byari byagabanyije ubwato bikoresha, ari na byo byateye iki kibazo.”

    Iri gabanuka yagarutseho ryatewe n’uko ubwo ubucuruzi hagati ya Amerika na Aziya y’Iburasirazuba bwasubukurwaga mbere y’ibindi bice by’Isi, ibigo bitwara ibicuruzwa mu bwato byahinduye inzira z’ubwato bwari busanzwe bwerekeza ibicuruzwa mu bindi bice, bwerekezwa muri Amerika. Ibi byagize ingaruka mu gihe ibindi bihugu byasubukuraga ibikorwa by’ubucuruzi, kuko byabuze ubwato bubagemurira ibicuruzwa, bitewe n’uko bwinshi bwaheze mu mibyiganiro iri ku byambu bikurwaho ibicuruzwa mu bihugu birimo u Bushinwa na Amerika.

    Shah yavuze ko mu mezi ane gusa, bamaze guhomba ibihumbi 300$ kubera ibi bibazo, ati “Uku gutinda kwatumye bigorana kumenya igiciro cy’igicuruzwa ku isoko kuko mu gihe upakiye kontineri [kugira ngo ikuzanire ibicuruzwa], uba uri mu gihombo cy’indi ikiri mu nzira utazi igihe izakugereraho, hari ibintu byinshi byahindutse muri iki gihe.”

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko “Bamwe mu bakiliya basubiranye amafaranga yabo, ubu turi gufata inguzanyo kugira ngo twishyure kandi tugashyiraho n’inyungu.”

    Uretse ubucuruzi bwa Shah, ubundi bucuruzi bwo mu Rwanda nabwo bwagizweho ingaruka n’iki kibazo mu buryo bufatika, kuko ibiciro by’ibicuruzwa bitumizwa hanze y’u Rwanda byazamutse cyane aho nka televiziyo yaguraga ibihumbi 350 Frw, ubu iri kugura ibihumbi 500 Frw.

    Mu gihe ibicuruzwa byinshi byakomeza kuzamura ibiciro, nta kabuza ko byagira ingaruka zishobora guhungabanya ubukungu bw’u Rwanda. Kimwe mu bishobora kubaho ni ihungabana ry’agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda, byitezwe ko rizata agaciro ku kigero cya kiri munsi ya 2,5%, nyuma y’uko ryari ryataye agaciro ku kigero cya 5,4% mu mwaka ushize.

    Uretse itakazagaciro ku ifaranga ry’u Rwanda, ibiciro bihanitse bizagabanya ingano y’ibyo umuguzi afitiye ubushobozi bwo kugura, ibi na byo bigabanye ingano y’ibyo umucuruzi ashobora gucuruza, ari na ko bigira ingaruka ku misoro yinjira mu isanduku ya Leta, mu gihe ikinyuranyo cy’ibyo u Rwanda rwohereza hanze n’ibyo rukurayo, cyari kuri miliyari 1,54$ mu 2019, gishobora gukomeza kwiyongera.

    Ku rundi ruhande, mu gihe iki kibazo cyamara igihe kirekire, birashoboka ko bimwe mu bicuruzwa bishobora gushira ku isoko burundu mu gihe ibikiri mu bubiko byarushaho kugabanuka, ibi na byo bikagira ingaruka zikomeye mu kuzamura igiciro cy’ibicuruzwa.

    Iki kibazo kizarangira gute?

    Mu burya busanzwe, kontineri n’ubwato butwara ibicuruzwa hirya no hino ku Isi birahagije, ikibazo ni uko inzira bunyuramo n’aho kontineri ziri ugereranyije n’aho zakabaye ziri byahindaguritse.

    Ibi bitanga icyizere ku basanzwe bakurikirana iby’ingendo z’ibicuruzwa mu nyanja, bavuga ko iki kibazo, cyanatijwe umurindi n’impanuka y’ubwato bwa Ever Given buherutse guhagarika ingendo mu Bunigo bwa Suez, gishobora kutazamara igihe kirekire kuko ibikoresho by’ibanze bikenerwa bihari kandi ku bwinshi, igisigaye akaba ari uko bisubira mu nzira za nyazo nk’uko byahoze mbere.

    Icyakora ku bandi barimo Peter Sand wo mu Ishyirahamwe ry’ibigo bitwara ibicuruzwa mu mato, bavuga ko iki kibazo gishobora kuzatwara igihe kirenga umwaka kugira ngo inzira zongere zikoreshwe nk’uko byahoze mbere ya Covid-19.

    Iki gitekerezo agihuriyeho na Lars Jensen w’Ikigo cy’Ubujyanama cya Vespucci Maritime, wahaye The Economist urugero rw’imyigaragambyo y’abatwara ubwato muri Amerika yabaye mu 2015, ikagira ingaruka zirimo ubwiyongere bw’ubwato ku byambu.

    ‘Iki kibazo cyakemutse mu mezi atandatu,’ nk’uko Jensen abivuga, ’kandi cyari cyabereye mu gihe kimwe cy’Isi, ubwo ukibaza igihe bizatwara kugira ngo ikibazo cyabaye ku rwego rw’Isi yose gikemuke.

    Muri rusange, mu gihe byasabaga ubwato urugendo rw’iminsi 41 kuva ku cyambu bwikoreye ibicuruzwa, bukagera ku kindi bukanagaruka ku cyambu cya mbere, ubu biri gutwara iminsi 70. Bikekwa ko 60% by’ibicuruzwa binyura mu nyanja, bishobora kongererwa ibiciro ku muguzi wa nyuma, bitewe n’iri dindira ry’ingendo zo mu nyanja.

    Muri Nyakanga uyu mwaka, ingano y’ibicuruzwa Abanyamerika baguze yaragabanutse ugereranyije na Kamena, nubwo n’ubundi yari ikiri hejuru ku kigero cya 18% ugereranyije na Nyakanga ya 2019. Iri gabanuka riratanga icyizere ko ibigo bitwara ibicuruzwa mu nyanja bishobora gusubiza ubwato mu nzira zahozeho na cyane ko ibindi bice by’Isi na byo biri gusubukura ibikorwa by’ubucuruzi ku bwinshi.

    Hagati aho, urwego rw’amato atwara ibicuruzwa mu nyanja ruhanganye n’ikindi kibazo cyo kugabanya umwuka wa CO2 woherezwa mu kirere n’ubwato bwose butwara ibicuruzwa mu nyanja, ukaba ungana na 2,7% by’umwuka wose woherezwa mu kirere uvuye ku Isi.

    Byitezwe ko kuva mu 2023, hazatangira ingamba zikomeye zo guhindura ingufu zikoreshwa n’ubu bwato ariko ababikurikiranira hafi bavuga ko bitazagira ingaruka mu itinda ry’ibicuruzwa cyangwa mu bwiyongere bw’ibiciro byo gutwara kontineri, kuko izi mpinduka zitazagira ingaruka zikomeye ku byo ubwato bwakoreshaga mu rugendo.

    Ibigo birimo Maersk biri ku gitutu cyo guhindura ingufu zikoreshwa n’ubwato bwabyo, kugira ngo hagabanywe umwuka wa CO2 woherezwa mu kirere

    source : https://ift.tt/3lbmqiu

  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 60 batsinzwe ibizamini bya leta bazasibizwa: Ingaruka zishoboka – #rwanda #RwOT

    Amanota y’abakoze ibi bizamini yatangajwe kuri uyu wa 4 Ukwakira 2021 aho mu mashuri abanza imitsindire iri ku kigero cya 82,5% mu gihe mu cyiciro rusange iri kuri 86,3%.

    Abakoze ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza bari 251.906 barimo abakobwa 136.830 n’abahungu 115.076 naho mu cyiciro rusange bari 121.626 barimo abakobwa 66.240 n’abahungu 55.386.

    Ku bijyanye n’ibyiciro by’imitsindire (Divisions), mu mashuri abanza abaje mu cya mbere ni 14.373 bihwanye na 5,7%; mu cya kabiri 54.214 (21,5%), icya gatatu ni 75.817 (30,10%) na ho icya kane bakaba 63.326 (25,10%).

    Mu basoza Icyiciro Rusange, abatsinze bari mu cyiciro cya mbere bangana na 19.238 (15,8%); icya kabiri ni 22.576 (18,6%), icya gatatu ni 17.349 (14,3%) naho mu cyiciro cya kane harimo 45.842 (37,7%.)

    Nko mu mahuri abanza, abanyeshuri bari mu cyiciro cya mbere ni abafite kuva ku inota rya 1-16; icya kabiri kiri hagati ya 16 na 28; icya gatatu 29-34; icya kane 35-41. Abasigaye baba bari muri U (unclassified), ni bo baba batsinzwe, ni ukuvuga ko muri buri somo baba babonye inota rya 9 .

    Icyemezo cyo gusibiza abataratsinze neza gishingiye ku mwanzuro wa 10 w’umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu umwaka ushize wa 2020, urebana no ‘guhagarika umuco wo kwimura abanyeshuri batatsinze (automatic promotion) hagamijwe kwimakaza ireme ry’uburezi’.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yatangaje ko abo banyeshuri batazahabwa ibigo ngo bakomeze mu byiciro bikurikira nk’uko byari bisanzwe ahubwo bazasibizwa.

    Ati “Dushingiye ku mwanzuro wa 10 w’umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu aho usaba ko abanyeshuri batatsinze batagomba kwimuka ngo bajye mu kindi cyiciro, aba banyeshuri ntibari buhabwe ibigo nk’uko byari bisanzwe bigenda ahubwo bazafashwa babanze bagere ku kigero kibemerera kwimukira mu bindi byiciro; ubundi bajyaga bahabwa ibigo ndetse n’amashuri akaba yabakira mu byiciro bikurikiyeho.”

    Minisitiri w’Uburezi yakomeje avuga ko aba banyeshuri bazafashwa gusubiramo amasomo ku bufatanye n’ibigo bari basanzwe bigaho bakazasubira mu bizamini kugira ngo bazimukire mu kindi cyiciro bamaze gutsinda ku kigero giteganywa.

    Bazabona ibyumba bigiramo?

    Minisiteri y’Uburezi imaze igihe irwana n’ikibazo cy’ubucucike mu mashuri hamwe na hamwe n’ubu kikaba kitarakemuka burundu. Kuba hagiye gusibizwa umubare munini w’abanyeshuri biteye kwibaza niba bazabona ibyumba bigiramo.

    Dr Uwamariya yavuze ko ubu igikurira ari ukumenya aho abo banyeshuri baherereye aho bazigira n’uko bazigishwa nk’uko no mu byiciro bindi byagaragaye ko hari abanyeshuri basigaye inyuma kubera Covid-19. Minisiteri y’Uburezi n’amashuri ngo bifite umwanya wabateganyijwe wo gusubiramo amasomo.

    Ati “Aba rero bazitabwaho mu buryo bw’umwihariko, tuzakorana n’amashuri tuba dufite imibare; hariho n’amashuri uzasanga nta banyeshuri bahari bagomba gusubiramo umwaka hakaba n’ahandi uzasanga ari benshi cyane.”

    “Ntabwo tuzabirekera ibigo by’amashuri gusa ahubwo tuzafatanya yaba REB ndetse na Minisiteri y’Uburezi n’uturere abo bana bahereyemo kugira ngo bigishwe mu buryo budasanzwe.”

    Buri shuri ngo rizagira umwihariko bitewe n’umubare w’abanyeshuri bagomba gusibira.

    Ese ntibizongera umubare w’abata ishuri?

    Mineduc yavuze ko hari impungenge ko uku gusibiza abanyeshuri bishobora kuzamura umubare w’abata ishuri bikaba bisaba ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo iki kibazo gikumirwe.

    Ati “Birashoboka ariko ni ugukorana n’inzego zose kugira ngo abo bana batabura ayo mahirwe. Kuko aho kugira ngo umureke atambuke kandi ntacyo atambukanye, ibyiza wamufasha akarushaho kwiyongera mu bumenyi mbere y’uko akomeza.”

    “Tuzakorana n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kugira ngo abo bana bagaruke mu ishuri. Kuba bazitabwaho by’umwihariko ngira ngo ntibizabaca intege ariko nta wakwirengagiza ko iki gishoboka [guta ishuri] bikaba bisaba imbaraga zidasanzwe kugira ngo tutabatakaza.”

    Hari abishimiye icyemezo Mineduc yafashe

    Umwe mu babyeyi waganiriye na IGIHE yavuze ko iki cyemezo cyo gusibiza abafite intege nke bagishimye kuko kuba buri umunyeshuri yajyaga yumva ko azimuka uko byagenda kose byatumaga hari abadashyiraho umuhate mu myigire.

    Ati “Byatumaga hari abigira ’ibyo ntazi’ bakumva ko byanze bikunze bazimuka. Ubwo urumva uguhatana kwava he? Ibi ndabishyigikiye.”

    Abandi bavuze ko kwimura umwana utatsinze bituma agakomeza kudindira kubera ko ntacyo yiyungura mu bumenyi bwe.

    Impuguke mu by’uburezi Dr Munyakayanza Jean Francois, yabwiye RBA, ko gusibiza umunyeshuri mu gihe hari ibyo atarageraho ari ibintu byiza ariko bisaba kumufasha by’umwihariko.

    Ati “Bituma umwana bya bindi byajyaga bimurushya asa n’uwongeyemo imbaraga, ibyo atumvaga abyumve neza. Mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza (Tronc Commun), umwimuye azagera mu mwaka wa gatandatu ntacyo azi. Mwarimu afite uruhare rwe n’umubyeyi afite uruhare rwe. Ikiba gikenewe ni uko igihe mwarimu yamuhaye umukoro, umubyeyi ni ukumuba hafi akareba ko yabikoze.”

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yatangaje ko abanyeshuri batsinzwe batazahabwa ibigo ngo bakomeze mu byiciro bikurikira nk’uko byari bisanzwe ahubwo bazasibizwa

    source : https://ift.tt/3Fmnc4g

  • Umwarimu yakoze ‘Robot’ bimugira indashyikirwa arabihemberwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Masengesho Bertin wakoze Robot n
    Masengesho Bertin wakoze Robot n’amapave

    Kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Ukwakira 2021, umunsi hizihizwa umunsi mpuzamahanga wahariwe mwarimu, hahembwe abarimu babaye indashyikirwa mu byiciro by’amashuri abanza n’ayisumbuye mu mashuri ya Leta n’ayigenga.

    Uwabaye indashyikirwa mu mashuri abanza ikiciro cy’amashuri yigenga ni Masengesho Bertin wo mu ishuri Authentic International Academy ryo mu Karere ka Nyagatare.

    Masengesho w’imyaka 29 y’amavuko wize imibare, ubugenge n’ubutabire (Maths, Physics and Chemistry) mu mashuri yisumbuye, akaba afite impamyabushobozi y’ikiciro cya mbere cya kaminuza mu ibaruramari (Accounting), amaze imyaka icyenda mu kazi k’uburezi.

    Avuga ko mu gihe cya ‘Guma mu Rugo’ aribwo yatekereje kugira ibyo yikorera byamuhuza atangirira ku ituragiro ry’amagi y’inkoko, Robot ndetse n’amapave mu macupa ya pulasitike.

    Avuga ko abikora atari agamije irushanwa ahubwo yagira ngo arebe ko hari icyo ashoboye muri we by’umwihariko ku macupa ya pulasitike, akaba yari agamije kurengera ibidukikije.

    Ati “Urabona amacupa, amabase yamenetse n’ibindi bikoresho bya pulasitike usanga binyanyagiye ahantu hatandukanye kandi bibangamiye ibidukikije, narabifashe mbitwikira mu ngunguru, umushongi wabyo nawuvanze n’umucanga mbona havuyemo ipave ryiza, ndabikomeza.”

    Avuga ko mu gucanira ibikoresho bya pulasitike apfundikira ingunguru yifashisha kugira ngo na none umwuka wabyo udahumanya ikirere.

    Robot yo ngo yayikoze agamije kuzafasha abanyeshuri gufungura ubwonko, ibyo bumvaga ku maradiyo cyangwa babona kuri televiziyo ko na bo bashobora kuba babikora. Avuga ko atarayisoza ku buryo yatangira kwifashishwa ariko bishobotse yazabigeraho.

    Masengesho avuga ko kuba yabaye indashyikirwa byamushimishije cyane ariko na none byamuhaye umukoro wo kuticara.

    Agira ati “Sinabikoze ngamije irushanwa ariko kuba nditsinze ngiye gukoresha ubwonko nshake n’ibindi. Kwitwa indashyikirwa si ukugenda ngo mbyicarane, ahubwo ngiye kwerekera abandi.”

    Avuga ko n’ubwo nta muhanuzi iwabo ariko mu gihe abantu bazaba babona icyo ibyo yakoze byamugejejeho bazemera akaberekera.

    By’umwihariko umudugudu wa Mirama ya mbere Masengesho atuyemo, ngo na wo ugomba kuba ku isonga mu kurengera ibidukikije.

    Ati “Nk’ahantu hatuye indashyikirwa ku rwego rw’Igihugu na ho nzaharanira ko hahora isuku kandi abaturage barusheho kurengera ibidukikije”.

    Amapave akozwe mu macupa ya pulasitiki
    Amapave akozwe mu macupa ya pulasitiki

    Masengesho avuga ko agiye kuba umusemburo w’ibishoboka abantu bagakora kandi bakiteza imbere.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko kuba mu myaka itatu uhereye 2018, Akarere ka Nyagatare hamaze kubonekamo abarimu b’indashyikirwa babiri ku rwego rw’Igihugu n’umwe ku rwego rw’Intara, ari ikizere ko ireme ry’uburezi rigenda rizamuka muri ako karere.

    Avuga ko ku banyeshuri baba bigishwa n’aba barimu baba indashyikirwa bituma barushaho kubagirira ikizere bityo n’ibyo babigisha bakarushaho kubyitaho no kubyiga neza.

    Naho ku dushya twahanzwe na Masengesho avuga ko bagiye gukangurira ibindi bigo by’amashuri bakamusura, bakagira ibyo bamwigiraho.

    Ati “Urumva nk’utu dushya afite ni ibintu yakwicara agakorana n’abandi benshi, agakora koperative, tukagira ahantu hakorerwa amapave mu karere kacu”.

    Ikindi ni uko ngo ibyo Masengesho Bertin akora bigiye kuzajya bikorwa n’abanyeshuri babibona kugira ngo na bo biyumvemo ko hari ibyo bakora mu maboko yabo.

    Avuga kandi ko iby’uyu mwarimu bizafasha no mu kwigisha urubyiruko ruziga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.


    source : https://ift.tt/3otKfV0