Tag: featured

  • Sena ifite impungenge ku mitwe ya politiki itarashyiraho urwego rugenzura umutungo – #rwanda #RwOT

    Ni ibintu bavuga ko bishobora kuba icyuho cy’imikoreshereze mibi y’umutungo, nyamara biteganywa n’Itegeko Ngenga rigenga imitwe ya politiki mu Rwanda.

    Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri ubwo Inteko Rusange ya Sena yemezaga raporo ya Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere ku kugenzura imikorere y’inzego z’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda, raporo yagaragaje ko imitwe ya politiki ikora mu bwisanzure, kandi ko ishyirwaho ry’inzego zayo rishingira ku mategeko no ku cyerekezo cya buri mutwe.

    Perezida wa Komisiyo ya Politiki muri sena ari na yo yakoze iryo genzura, Dushimimana Lambert, yavuze ko imitwe ya politiki myinshi basanze nta buryo bwiza yashyizeho bugenzura imikoreshereze y’umutungo.

    Ati “Iyi mitwe ya politiki nubwo nta rwego ifite yatugaragarije ko ifite ubundi buryo yari yarashyizeho bwo kugenzura uwo mutungo kuko uru rwego rwari rutarasabwa n’itegeko. Ugasanga hari imitwe ya politiki yashyizeho nka Komisiyo ishinzwe ubukungu, akaba ari na yo igenzura umutungo cyangwa se ugasanga hari ishyiraho na Komite ngenzuzi ikayishyiraho mbere y’uko batanga raporo ku Umuvunyi bamara kuyitanga iyo komite bakayikuraho.”

    Dushimimana yavuze ko kandi akenshi izo komite ziba zikorana n Kaomite nyobozi, ku buryo ubwigenge bwazo bukemangwa.

    Komisiyo yatangaje ko zimwe mu mpamvu imitwe ya Politiki yagiye itanga zatumye badashyiraho urwego rugenzura umutungo, harimo n’icyorezo cya Covid-19.

    Ibyo abasenateri babiteye utwatsi bavuga ko nta shingiro kuko Covid-19 yadutse hashize umwaka urenga itegeko rigiyeho.

    Basabye ko harebwa umwanzuro wihuse watuma izo nzego zigenzura umutungo mu mitwe ya politiki zijyaho mu buryo bwihuse kandi zigakora mu bwisanzure.

    Nubwo imitwe ya politiki myinshi nta nzego zigenzura imikoreshereze y’umutungo, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB) n’Urwego rw’Umuvunyi bavuga ko nta mikoreshereze mibi y’imari iragaragara mu mitwe ya politiki yemewe.

    Sena yasabye ko imitwe ya politiki ishyiraho mu maguru mashya inzego zishinzwe ubugenzuzi ku mikoreshereze y’imari

    source : https://ift.tt/3mxsRMe

  • Karongi: Abarimu bijejwe gushyirirwaho isoko ryihariye – #rwanda #RwOT

    Ikibazo cy’isoko ryihariye rya mwarimu cyakunze kugarukwaho inshuro nyinshi, aho bamwe mu barimu bakunze kuvuga ko amafaranga bahembwa adahagije bityo bakwiye kugira isoko ryihariye rishobora kubafasha kubona ibyo bakeneye ku giciro gito.

    Iki kibazo cyanagarutsweho ku munsi mpuzamahanga wa mwarimu wizihijwe mu Karere ka Karongi, aho Umuyobozi w’ako Karere, Mukarutesi Vestine, yavuze ko kiri kuvugutirwa umuti.

    Yagize ati “Icyifuzo mwatanze cyo kuba mwagira ihahiro; iki kibazo ndumva kiri mu nzira zo gukemuka, nkunze kubikurikirana cyane, nzi ko hari n’abantu rwose bamaze no gufata inzu zo gushyiramo ihahiro.”

    Uyu muyobozi yatanze ingero, avuga ko uduce nka “Bwishyura, Rubengera n’ahandi hari hasuwe muri Gasenyi ubanza hari ibyari bitaraboneka neza, ariko haramutse habonetse nibura ayo uko ari atatu mwaba mwifashisha ayo noneho bakazagenda bayongera, ariko gahunda ihari ni uko no mu yindi mirenge bazagenda bagurirayo [ayo masoko], ariko bakaba batangiriye aho uko ari hatatu.”

    Aya masoko aramutse atangiye gukora, yaba ari indi ntambwe itewe mu guteza imbere ubuzima bwa mwarimu, na cyane ko yaza yiyongera kuri Koperative Umwalimu SACCO igira uruhare mu kuzamura ubuzima bw’abarimu.

    Nk’ubu mu Karere ka Karongi, habarurwa ko abarimu 80% bafite inzu zabo batuyemo, zubatswe ahanini ku nguzanyo bahawe n’iyi Koperative.

    Nyampundu Taussi uhagarariye abarimu bo mu Karere ka Karongi, yavuze ko hari byinshi bishimira bagezeho nk’abarimu.

    Yagize ati “Twiteje imbere mu buryo bugaragara, nk’aho abarimu bagera kuri 80% dufite amacumbi dutuyemo tudakodesha. Dufite n’ibyo dukora mu ishoramari riciriritse, aho bamwe na bamwe muri twe bafite ibikorwa by’indashyikirwa mu bucuruzi, ubworozi, ubuhinzi n’ibindi bitandukanye.”

    Muri aka Karere kandi hanahembwe abarimu b’indashyikirwa, barimo Nyirahabimana Rachel, wigisha mu ishuri rya GS Gitesi, wabaye indashyikirwa ku rwego rw’Akarere.

    Mu gihe cya gahunda ya Guma mu Rugo, uyu mwarimu yakoze itsinda kuri whatsapp akajya arinyuzaho amasomo akigisha abana atari kumwe na bo. Abadafite telefoni, yabahamagaraga nyuma kuri telefoni z’ababyeyi babo akabigisha.

    Uretse kwigisha, uyu mwarimu anafite ibindi bikorwa byamufashije mu iterambere, aho yasobanuye ko yafashijwe na Umwalimu SACCO mu kazamura ubuzima bwe.

    Yagize ati “Ukuntu niteje imbere, nagiye muri Koperative Umwalimu SACCO mfatamo inguzanyo. Mbere nabaga mu nzu nkodesha, ari ubu ndubatse mfite inzu, ni ibintu nishimira kuko ndi umubyeyi w’abana batatu, njye n’umuryango wanjye tuyituyemo kandi turanyuzwe.”

    Nyirahabimana avuga ko yaguze amasambu, aho iyo yagiye ku kazi asiga abakozi mu murima bamuhingira, akabahemba. Ikindi avuga ko yitejeho imbere ni uko ari kwiga kaminuza yirihira.

    Mu bindi bibazo abarimu bagaragaje ko bikibangamiye ireme ry’uburezi, harimo kuba ku bigo bimwe na bimwe hataragera umuriro w’amashanyarazi.

    Mukarutesi Vestine yavuze ko nk’Akarere iki kibazo bakizi kandi kiri kuvugutirwa umuti n’inzego zose z’igihugu.

    Umunsi mpuzamahanga wa mwarimu wizihirijwe ku rwego rw’uturere, abarimu babaye indashyikirwa bahembwa ibihembo birimo mudasobwa na tablets.

    Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine

    source : https://ift.tt/3uLy4E4

  • Abanyeshuri bitegura guhagararira u Rwanda mu Marushanwa Nyafurika y’imyuga, basabwe kuruhesha ishema – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku wa 5 Ukwakira 2021 ubwo hatangizwaga Irushanwa ry’Imyuga ku rwego rw’Igihugu rizageza ku wa 7 Ukwakira 2021.

    Ni irushanwa rihuje abanyeshuri 20 barimo abakobwa babiri, baturutse mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ari hirya no hino mu gihugu.

    Abo 20 bahatanye mu byiciro bine birimo kubakisha amatafari gukora imiyoboro y’amazi n’iyo gusohora imyanda isukika mu nyubako, gukora inzira z’amashanyarazi ndetse no gusudira.

    Bageze ku rwego rw’Igihugu nyuma yo guhiga abandi mu marushanwa yabaye ku rwego rw’intara hagati ya 26 na 27 Kanama 2021, aho barushanwaga mu mashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro (IPRCs).

    Aha bageze nabwo bazatoranywamo abahize abandi, bazahagararira u Rwanda mu Irushanwa Nyafurika ry’Imyuga azabera muri Namibie kuva ku wa 28 Werurwe kugeza ku wa 2 Mata 2022.

    Minisitiri Irere yabasabye gukora batuje bagashyira mu bikorwa ibyo bize kandi baniyigisha ku buryo bazagera ku rwego rwa Afurika bagahesha u Rwanda ishema.

    Ati “Gutsinda iri rushanwa bivuga kujya kuduhagararira ku rwego rwa Afurika, bikaba byanarenga ukaduhagararira ku rwego rw’Isi. Nk’Abanyarwanda, icyo ni ikintu twifuza kubona kigenda neza. Abaduhagarariye turabasaba ariko turanabaha ibyo bakeneye byose kugira ngo babashe kwitegura banabikore neza.”

    Yashimangiye ko abanyeshuri bo mu Rwanda biga hagendewe ku mfashanyigisho n’ahandi hose ku Isi bagenderaho bityo ko bari ku rwego mpuzamahanga.

    Ati “Wenda igishobora kugorana ni uko batabona umwanya uhagije wo kwimenyereza. Mu bindi bihugu usanga abanyeshuri bimenyereza mu bigo by’abikorera ariko hano iwacu navuga ko ubushobozi butarahaza ku buryo abikorera bagira ibyo bakora n’ibyo baha abanyeshuri bakitorezaho. Ariko ubundi mu buryo bw’imyigire abanyeshuri bacu baduhagararira aho ari ho hose.”

    Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Polytechnic, Dr Gashumba James, yavuze ko kuba u Rwanda ruzitabira irushanwa ryo ku rwego rwa Afurika ririmo ibihugu biteye imbere nka Afurika y’Epfo ari ibintu bikomeye. Kuba abaruhagarariye bashobora kugera ku rwego rw’Isi byo yabyise “ikintu kigari ku banyeshuri n’igihugu”.

    Mu 2018 habaye irushanwa nk’iryo ryo ku rwego rwa Afurika u Rwanda aba ari rwo ruryakira. Rwahatanye mu byiciro bine ndetse rubyitwaramo neza rubona imidali.
    Irizaba mu 2022 rizahuza abahatanye mu byiciro 16 ariko u Rwanda ruzaba ruhagarariwe muri bine gusa nk’uko mu 2018 byagenze.

    Dr Gashumba yavuze ko hakiri imbogamizi z’ibikoresho bihagije ku banyeshuri akaba ari yo mpamvu Abanyarwanda bazaba bahagarariwe mu byiciro bike.

    Ati “Twe twabonye indi myuga tutarabona ibikoresho bihagije twiyemeza ko bajya kuduhagararira mu byiciro bine gusa. Turacyiyubaka ariko turifuza ko mu myaka itaha buri cyiciro twazaba dufite uduhagarariye.”

    Bamwe mu banyeshuri bari muri iri rushanwa ryo ku rwego rw’Igihugu batangaje ko biteguye kwitwara neza.

    Ishimwe Esther wiga muri IPRC Karongi yagize ati “Ndi gukora neza uko nshoboye, gutsinda ndabyiteguye kuko naritoje bihagije kandi nahawe ubumenyi buhagije.”

    Nizeyimana Janvier wiga muri IPRC Kigali abajijwe uko yitegura kugera mu Irushanwa Nyafurika, yagize ati “Irushanwa aba ari irushanwa ariko nariteguye bihagije, nta kabuza nzagerayo.”

    Dr Gashumba yashishikarije Abanyarwanda gushyigikira “abana babo” baza kureba ibyo bakora, by’umwihariko abo mu rwego rw’abikorera.

    Amarushanwa y’imyuga afatwa nk’igikoresho gikomeye cyahindura isura y’amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu muryango mugari no kurushaho kumvikanisha akamaro kayo.

    Afasha ababyeyi n’abanyeshuri kurushaho gukunda ayo masomo no kumenya ireme ryayo, abo mu rwego rw’abikorera bakayabonamo amahirwe yo kugera ku banyempano bifuza kandi bashoboye; akaba n’umwanya wo kuvumbura icyuho kiri mu myigishirize y’ayo masomo ku bafanyabikorwa.

    Abanyeshuri bahatanye mu byiciro bine birimo gukora inzira z’amashanyarazi

    Muri 20 bahiganwa harimo abakobwa babiri

    Bamwe mu bayobozi bitabiriye umuhango wo gutangiza Irushanwa ry’Imyuga ku rwego rw’Igihugu rizaba hagati ya tariki 5 na 7 Ukwakira 2021

    Umuhango wo gutangiza Irushanwa ry’Imyuga ku rwego rw’Igihugu witabiriwe n’abo mu ngeri zitandukanye

    source : https://ift.tt/3BvTNCJ

  • Gicumbi: Yatawe muri yombi akekwaho gukwirakwiza ibihuha kuri Twitter – #rwanda #RwOT

    Uyu yatawe muri yombi biturutse ku butumwa yanyujije kuri Twitter avuga ko se yafashwe azira kutubahiriza amabwiriza ya COVID-19 kandi baramusanze mu rugo yinywera inzoga.

    Ubu butumwa yasangije Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera bugira buti “ Mwaramutse neza CP John Bosco Kabera mu byukuri twagize ikibazo kandi hari ibyo mwadufasha, umusaza bamusanze ari kurya anafata agacupa, bamushinja kwangiza amabwiriza ya COVID-19 turabyumva bamuca ibihumbi 100Frw turayatanga ariko ngo baramufunga icyumweru kimwe.”

    Polisi y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter yavuze ko yamutaye muri yombi nyuma yo gusanga ibyo yavuze yarabeshye.

    Iti “Yafashwe nyuma yo gutangaza ko papa we yafashwe anywera inzoga mu rugo kandi yarafashwe yahinduye butiki akabari ndetse na we akarimo, binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.”

    Polisi yakomeje yibutsa abaturarwanda ko ibyo Dukuzumuremyi yakoze ari icyaha gihanwa n’amategeko. Kugeza ubu, uwafashwe afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba.


    source : https://ift.tt/3uLy4ny

  • Raporo yerekanye ko Covid-19 yarushijeho gutuma ibihugu bikize bikumira abaturage bo mu bikennye – #rwanda #RwOT

    Iyi raporo yagaragaje ko iki kibazo cyari gisanzweho ariko kikaba cyaratijwe umurindi n’icyorezo cya Covid-19, cyatumye ibihugu bikize bishyiraho ingamba zikarishye zo kwirinda iki cyorezo, abaturage b’ibindi bihugu bakabuzwa kubyinjiramo mu buryo bworoshye.

    Nk’ubu u Rwanda nta mabwiriza rwashyizeho ababuza abanyamahanga kwinjira mu Rwanda, ariko Abanyarwanda bemerewe kujya mu bihugu 51. Kenya idafite ayo mabwiriza, abaturage bayo bemerewe kujya mu bihugu 72 mu gihe abo mu Misiri, nayo idafite ayo mabwiriza, bemerewe kujya mu bihugu 51 gusa.

    Ibihugu bifite pasiporo isanzwe ifite imbaraga nk’u Buyapani na Singapore biza ku mwanya wa mbere, bifite amabwiriza akumira ibindi bihugu hafi ya byose bisigaye.

    Iyi raporo yagaragaje ko ubwo ibihugu by’u Bwongereza na Amerika byashyiragaho amabwiriza akumira abaturage b’ibihugu bikennye, nubwo baba barikingije, byagize ingaruka mbi kuko byakomeje kongera icyo cyuho.

    Raporo yerekanye ko Covid-19 yarushijeho gutuma ibihugu bikize bikumira abaturage bo mu bihugu bikennye

    source : https://ift.tt/3oGN598

  • Abarimu bo mu bigo byigenga bahagarikiwe amasezerano kubera Covid-19, bagiye gufashwa gutura umutwaro w’inguzanyo – #rwanda #RwOT

    Mbere y’uko icyorezo cya COVID-19 kigera mu Rwanda, hari abarimu bakora mu bigo bya Leta n’ibyigenga bari barasabye inguzanyo muri Koperative Umwalimu SACCO. Mu gihe amashuri yamaze amezi umunani afunze, hari ibigo byigenga byahise bihagarika amasezerano y’abakozi.

    Guhagarika amasezerano kuri bamwe bari barafashe inguzanyo byabaye umutwaro ukomeye kuko batabashaga kuyishyura nk’uko byakorwaga bari guhembwa. Ibi kandi byatumye habaho gukererwa kwishyura ndetse n’inyungu zayo zigenda ziyongera.

    Mu birori by’Umunsi Mpuzamahanga wa mwarimu, kuri uyu wa kabiri tariki ya 5 Ukwakira 2021, Mbonabucya Jean Bosco, wari uhagarariye Urugaga rw’Abarimu bakora mu bigo byigenga yagaragaje ko hari byinshi bishimira bakomeje gufashwamo na leta ariko asaba ko ikibazo cy’inguzanyo kikibabereye umutwaro cyakwigwaho bagafashwa.

    Yagize Ati “Hari ikibazo abarimu bigisha mu bigo byigenga bafite, muri ibi bihe bya Covid-19 ibigo byinshi byasubitse amasezerano bituma inguzanyo bafashe zijya mu bukererwe. Icyo kibazo kibabereye umutwaro uremereye. Byatumye basubiramo amasezerano y’inguzanyo babaha igihe kirekire, kandi abarimu bakora muri leta bo bakomeje guhembwa icyo kibazo ntacyo bagize. Habayeho inyungu ku nguzanyo yakererewe tukaba dusaba inzego zitandukanye by’umwihariko Umwalimu SACCO n’ibindi bigo bibafasha ko bakwiga kuri icyo kibazo kigashakirwa umuti abarimu bo mu bigo byigenga na bo bakagira umutuzo kuko nta wazanye COVID-19.”

    Mbonabucya yasabye ibigo byigenga na byo kujya bifatanya n’abarezi no kubaba hafi mu bihe bigoye nk’ibyo bya Covid-19 aho kwihutira gusesa amasezerano y’akazi kuko byatumye abarimu benshi bata akazi bigira muri Leta bitewe no kutitabwaho mu bihe by’amage.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yagaragaje ko ikibazo cy’inyungu ku nguzanyo z’abarimu bigishaga mu bigo byigenga bagize ubukererwe mu kwishyura kubera ikibazo cya COVID-19 ko kigiye gushakirwa umuti.

    Ati “Nubwo amasezerano yavuguruwe ariko biracyababereye umutwaro ndagira ngo nsabe uhagarariye Umwalimu SACCO ko twazakorana tukareba niba abo barimu bagabanyirizwa umutwaro kugira ngo babashe kwishyura inguzanyo yabo bitabaremereye cyane. Kuba amasezerano yabo yari yahagaze nta ruhare babigizemo. Tuzakorana na Umwalimu SACCO n’Urugaga rwabo kugira ngo turebe icyo twabafasha.”

    Umuyobozi Mukuru wa Umwalimu SACCO, Uwambaje Laurence, yavuze ko iki kibazo hari byinshi byagikozweho cyane ko inguzanyo zabo zongeye gusubirwamo hagakorwa amasezerano mashya, bitewe n’ayo umuntu yari asigaje kwishyura ndetse n’inyungu yagombaga kwishyura bigateranywa bigahinduka inguzanyo nshya.

    Yavuze ko bitewe n’amabwiriza ibigo by’imari bigenderaho hagikenewe byinshi byo gukorwa kugira ngo inyungu ku nguzanyo zarengeje igihe zigakorerwa amasezerano mashya zakurwaho, bakishyura gusa ayo bari basigaranye.

    Ubuyobozi bwa Umwalimu SACCO butangaza ko inguzanyo zavuguruwe muri iki gihe cya COVID-19 zihwanye na 983. 356. 324 Frw zari zarahawe abanyamuryango 441.

    Ku Munsi Mpuzamahanga wa Mwarimu Koperative Umwalimu SACCO yahembye abarimu bakoranye neza na yo muri serivisi z’imari zirimo n’inguzanyo hitawe cyane ku kureba inyungu zabagejejeho mu rugamba rwo kwiteza imbere.

    Abarimu batanu ba mbere bitwaye neza ku rwego rw’igihugu bahawe moto nk’igihembo gikuru mu gihe abandi bagiye bitwara neza ku rwego rw’uturere bazahabwa za mudasobwa. Hahembwe kandi abarimu bo muri za kaminuza bakorana na Umwalimu SACCO ndetse n’ibigo by’amashuri 10 bya mbere byanyujije amafaranga y’ishuri muri Koperative Umwalimu SACCO.

    Abarimu b’indashyikirwa bahawe ibihembo birimo na moto

    source : https://ift.tt/3uTdku7

  • Umuhanda Kigali-Huye-Nyamagabe-Rusizi ntukiri nyabagendwa – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa Polisi y’u Rwanda yanyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 6 Ukwakira 2021.

    Bugira buti “Mwaramutse, Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, umuhanda Huye-Nyamagabe ahitwa ku Nkungu utaregera mu Mujyi wa Nyamagabe wangiritse bityo umuhanda Kigali-Huye-Nyamagabe-Rusizi ntabwo ari nyabagendwa.’’

    Mwaramutse,

    Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, umuhanda Huye- Nyamagabe ahitwa ku Nkungu utaregera mu Mujyi wa Nyamagabe wangiritse bityo umuhanda Kigali-Huye-Nyamagabe-Rusizi ntabwo ari nyabagendwa.

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) October 6, 2021

    Yakomeje itanga inama ku bagenzi ko bakoresha indi mihanda idashobora kubateza ikibazo.

    Iti “Abakoreshaga uyu muhanda baragirwa inama yo gukoresha umuhanda Kigali-Karongi-Nyamasheke-Rusizi. Mwihanganire izi mbogamizi mu gihe imirimo yo gutunganya uyu muhanda irimo gukorwa. Murakoze.’’

    Abakoreshaga uyu muhanda baragirwa inama yo gukoresha umuhanda Kigali-Karongi-Nyamasheke-Rusizi.

    Mwihanganire izi mbogamizi mu gihe imirimo yo gutunganya uyu muhanda irimo gukorwa. Murakoze

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) October 6, 2021

    Umwe mu bakorera sosiyete ifite imodoka zitwara abagenzi mu muhanda Huye- Nyamagabe yabwiye IGIHE ko bakomeje gutanga iyo serivisi ariko imodoka iri kugera aho umuhanda wangirikiye, abagenzi bakambuka n’amaguru bakajya mu yindi iri hakurya.

    Ati “Abagenzi turi kubatwara twabageza aho umuhanda wangiritse bakava mu modoka bakambuka n’amaguru bakajya mu yindi iri hakurya noneho bari bari muri ya yindi nabo bakaza tukabatwara. Ni ukugurana abagenzi, naho ubundi ntabwo twahagaritse akazi.”

    Umuhanda wa kaburimbo Huye- Kitabi ufite ibilometero 53 uva mu Mujyi wa Huye werekeza i Nyamagabe ukagera mu Murenge wa Kitabi watangiye gusanwa no kwagurwa muri Kanama 2018 wuzura mu 2020. Uwo muhanda uhuza Uturere twa Huye na Nyamagabe two mu Majyepfo ndetse ugakomeza uduhuza n’utwa Rusizi na Nyamasheke two mu Ntara y’Iburengerazuba.

    Imvura ikomeje kugwa muri iki gihe yari yategujwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iteganyagihe, Meteo Rwanda; cyagaragaje ko mu gice cya mbere cy’ukwezi k’Ukwakira 2021, mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru hazagwa imvura nyinshi iri hagati ya milimetero 140 na 180.

    Meteo Rwanda yatangaje ko imvura nyinshi iteganyijwe mu Turere twa Nyaruguru na Nyamagabe, imvura iringaniye iteganyijwe mu bice bitandukanye by’igihugu iri hagati ya milimetero 80 na 140, ikaba iteganyijwe mu minsi itanu n’umunani.

    Imvura nyinshi yangije umuhanda Huye-Nyamagabe, ituma utaba nyabagendwa

    Umuhanda wa Huye-Kitabi ufite ibilometero 53 uva mu Mujyi wa Huye werekeza i Nyamagabe ukagera mu Murenge wa Kitabi watangiye gusanwa no kwagurwa muri Kanama 2018 wuzura mu 2020

    Abakoresha uyu muhanda bagiriwe inama yo gukoresha uwa Kigali-Karongi-Nyamasheke-Rusizi

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3ldIgSy

  • Rusizi: Yafashwe acyekwaho kwiba insinga z’imiyoboro ya ‘Internet’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko Habimana yafashwe na bamwe mu nzego z’umutekano bahita bahamagara Polisi.

    Yagize ati “Hari mu gitondo cya kare bamubona yicaye mu gihuru bamwegereye basanga afite insinga z’umuyoboro wa Internet (Fibre Optique). Habimana yahise asobanura ko yazicukuye ahantu bamaze iminsi bubaka umuhanda bari batorongera kuzitaba”.

    CIP Karekezi avuga ko Habimana yanze kuvuga aho yari azijyanye n’icyo yari kuzimaza, uwo muyobozi akaba yaribukije abaturage ko bafite inshingano zo kurinda no gufata neza ibikorwa remezo Leta ibegereza bakirinda kubyangiza.

    Ati “Twari dusanzwe dufata abiba insinga z’amashanyarazi bakajya kuzigurisha, ni ubwa mbere dufashe uwibaga insinga za Internet. Abaturage duhora tubakangurira ko bafite inshingano zo kurinda ibikorwaremezo kuko bibafitiye akamaro ndetse babona urimo kubyangiza bagahita batanga amakuru ako kanya agakurikiranwa”.

    Habimana yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe kugira ngo akurikiranwe mu mategeko, nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa Internet rwa Polisi y’igihugu.

    Itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW), ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 y’iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

    source : https://ift.tt/3oQXFe3

  • Sobanukirwa uburyo amatora y’inzego z’ibanze azakorwamo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni muri urwo rwego, inzego zinyuranye z’ubuyobozi zifite amatora mu nshingano, zikomeje kwegera abaturage zibasobanurira ibijyanye n’ayo matora, uburyo azakorwa n’abemerewe kuyitabira.

    Nkunzurwanda Jean de Dieu, Umwe mu nararibonye z’amatora mu Karere ka Rulindo, Ubwo yatangaga ikiganiro kijyanye n’imyiteguro y’amatora y’inzego z’ibanze, mu muhango wo gusoza amahugurwa y’Irerero ry’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Rulindo yitabiriwe n’urubyiruko 1208, yabasobanuriye byimbitse gahunda ijyanye n’amatora ategerejwe mu mpera z’uyu mwaka wa 2021.

    Yagaragaje uburyo amatora azakorwa mu byiciro binyuranye kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa Kigali, aho yavuze ko amatora agiye kuba mu bihe bidasanzwe, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.

    Mbere yo gusobanura imitegurire y’ayo matora, yabanje kugeza ku bari aho ingingo z’amategeko yifashishijwe muri ayo matora, aho yahereye mu Itegeko Nshinga ku ngingo yaryo ya 10 ikubiyemo amahame agenga imigendekere y’Amatora mu Rwanda, muri iyo ngingo hakabamo itegeko risaba Abanyarwanda gushyira uburinganire bw’abagore n’abagabo mu myanya yose ifatirwamo ibyemezo.

    Ati “Muri iyo ngingo ni na ho hari itegeko risaba gushyira uburinganire bw’abagabo n’abagore mu myanya yose ifatirwamo ibyemezo, bikaba bigaragara ko 30% by’abagore bari mu nzego zose zifatirwamo ibyemezo, ntabwo ari ibyo inzego zihaye, ni ibyo itegeko Nshinga y’igihugu cyacu riteganya”.

    Nkunzurwanda yavuze kandi ko muri ayo matora hifashishijwe amateka atandukanye avuga uko amatora akorwa mu bihe bidasanzwe, ni iteka rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.

    Ibyiciro bizatorwa muri ayo matora

    Amatora azatangirira kuri Komite Nyobozi y’umudugudu igizwe n’abantu batanu, ari bo Umukuru w’umudugudu, ushinzwe umutekano, ushinzwe imibereho myiza y’abaturage n’imbonezamubano, ushinzwe amakuru n’amahugurwa y’abaturage, n’ushinzwe iterambere.

    Uko bazatorwa ngo bitandukanye n’uko batorwaga muri manda irangiye, ubu ngo bazatorwa n’inteko y’abantu batatu bazajya bava mu matsinda (amasibo) yose agize umudugudu, ni ukuvuga ko hagati y’itariki 15 na 16 z’ukwezi k’Ukwakira 2021 amasibo ya buri mudugudu azateranira aho asanzwe akorera inama, batoremo abantu batatu barimo umugore mu kubahiriza rya hame ry’uburinganire.

    Abo batatu bazatoranwa muri ayo matsinda, ni bo bazahurira ku mudugudu hiyongereyeho abagize inama y’igihugu y’abagore n’abagize inama y’igihugu y’urubyiruko kuri urwo rwego rw’umudugudu, akaba aribo bazatora Komite Nyobozi y’umudugudu, abakandida bakazaturuka muri abo bagize inteko itora.

    Kuri urwo rwego rw’umudugudu kandi, hazatorerwa ibindi byiciro byihariye birimo abagore n’urubyiruko, Inama y’igihugu y’abagore izatorwa n’abagore bose (Abagore n’abakobwa) bagejeje imyaka yo gutora, ni ukuvuga abafite n’ibura imyaka 18 batuye uwo mudugudu, abo bazahura bitoremo abagore barindwi barimo umuhuzabikorwa, umuhuzabikorwa wungirije, Umunyamabanga, ushinzwe ubukungu, ushinzwe imibereho myiza, ushinzwe imiyoborere myiza n’ushinzwe ibijyanye n’amategeko.

    Nkunzurwanda Jean de Dieu
    Nkunzurwanda Jean de Dieu

    Urubyiruko narwo ruzahurira ku midugudu, ariko rwo ruzahera ku myaka 16 kugera kuri 30 ni bo bazaba bagize inteko itora, hakazanatorwa Umujyanama rusange w’Umudugudu uwuhagararira mu nama Njyanama y’Akagari.

    Ku rwego rw’akagari, hazatorwa abajyanama rusange bahagararira akagari mu nama njyanama y’umurenge, hatorwe abahagarariye urubyiruko, ni ukuvuga komite y’Inama y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’akagari aho nayo izaba igizwe na ba bantu barindwi.

    Umwihariko ku rwego rw’akagari, nuko akagari kazaba kubatsemo ishuri ryisumbuye gashobora kuzabona abagahagarariye barenze barindwi kuko amashuri yisumbuye n’amashuri makuru kuri urwo rwego, bashobora gutora babiri bahagarariye ayo mashuri kuri icyo cyiciro.

    Mu kagari kandi bazatora inama y’igihugu y’abagore igizwe na ba bantu barindwi, aho bazatorwa muri ba bandi batowe ku rwego rw’umudugudu, aho bahurizwa ku kagari bakitoramo abagize Komite Nyobozi y’inama y’igihugu y’abagore n’urubyiruko.

    Hazanatorwa abagore 30% bajya mu nama Njyanama y’akagari, hanatorwe umuyobozi uhagarariye amashuri y’inshuke muri ako kagari, muri njyanama y’akagari hajyemo kandi Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko n’iy’abagore n’uw’inama y’igihugu y’abafite ubumuga, ndetse hajyemo n’umuhazabikorwa w’abikorera (PSF).

    Ku rwego rw’Imirenye, Nkunzurwanda yavuze ko naho rwa rubyiruko na ba abagore barindwi muri buri cyiciro batowe muri buri kagari, bazahurira hamwe bitoremo Komite Nyobozi y’inama y’igihugu y’abagore n’iy’urubyiruko ku rwego rw’umurenge, muri ba barindwi batowe muri komite nyobozi y’inama y’igihugu yabafite ubumuga nabo bazihuriza ku murenge bitoremo abagize Komite Nyobozi y’inama y’igihugu y’abafite ubumuga ku rwego rw’umurenge.

    Nyuma y’ayo matora hazaba andi matora y’inama njyanama y’umurenge, aho iyo nama izaba igizwe na ba bajyanama bahagararira utugari mu nama njyanama y’umurenge, n’umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore, iy’urubyiruko, iy’abafite ubumuga, uhagarariye amashuri abanza mu murenge, abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye mu murenge, uhagarariye imiryango itegamiye kuri Leta ikorera muri uwo murenge, na Perezida wa PSF muri uwo murenge udatorwa kuko manda yabo itararangira.

    Hazaba hari kandi umuyobozi uhagarariye ibitaro, ibigo Nderabuzima cyangwa ibindi bigo by’ubuzima bikorera muri uwo murenge.

    Ku rwego rw’akarere, Inama njyanama izaba igizwe na 17, aho hazaba abajyanama rusange 8, abajyanama bahagararira abagore muri 30% aho bazaba ari batanu, habe Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko, abagore n’abafite ubumuga na Perezida w’abikorera, bose bakaba 17.

    Abajyanama rusange 8 bazatanga kandidatire basaba kwiyamamariza umwanya w’ubujyanama mu karere guhera ku itariki 11 z’Ukwakira, bijyanye n’abagore bazatorwamo 30%, ni zimara kwemezwa ku itariki 13 Ugushyingo abagize inama njyanama z’imirenge bazahurizwa ku rwego rw’akarere hiyongereyeho abagize inama y’urubyiruko, abagize komite nyobozi y’inama y’igihugu y’abagore n’iy’inama y’igihugu y’abafite ubumuga, n’urugaga rw’abikorera ku rwego rw’akarere.

    Ku itariki 13 Ugushyingo, bazahurizwa hamwe ku rwego rw’akarere mu cyiciro cya mbere, batore abajyanama rusange umunani. Mu cyiciro cya kabiri batore abajyanama b’abagore 30%.

    Ku itariki 19 Ugushyingo, bazagaruka bahurizwe hamwe ku rwego rw’akarere batore Komite Nyobozi y’akarere, ndetse inama njyanama y’akarere yitoremo biro yayo, ni ukuvuga Perezida, Visi Perezida ndetse n’umwanditsi.

    Itora rizakomereza ku rwego rw’intara mu byiciro byihariye, ahazatorwa Komite Nyobozi y’inama y’igihugu y’abagore na komite nyobozi y’inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga, abazatora ni abagize komite nyobozi ku rwego rw’uturere, ibyo byiciro kandi bikazakomereza ku rwego rw’igihugu, ahazatorwa abagize Komite Nyobozi y’inama y’igihugu y’urubyiruko, iy’inama y’igihugu y’abagore n’y’inama y’igihugu y’abafite ubumuga.

    Perezida wa Komisiyo y
    Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, yagiranye ibiganiro na Guverineri Nyirarugero Dancille, Ikiganiro cyatumiwemo na Meya w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine

    Abazatora ku bagore no ku bantu bafite ubumuga, ni abagize Komite Nyobozi zabo ku rwego rw’intara, hiyongereyeho amashyirahamwe afite ubuzima gatozi yemerewe gukorera ku rwego rw’igihugu ku bagore.

    Inama y’Abaminisitiri yabaye ku itariki ya 1 Nzeri 2021, yemeje ko amatora y’inzego z’ibanze azatorwamo abayobozi bagera ku bihumbi 10, nyuma y’uko abayobozi b’inzego z’ibanze bamaze amezi icyenda y’inyongera kubera ingamba zo kwirinda Covid-19 zatumye amatora atabera igihe cyari cyaragenwe.

    Ni mu gihe Manda y’abo bayobozi y’imyaka itanu, yatangiye muri 2016 yagombaga kurangira ku ya 28 Ukuboza 2020 kugira ngo bategure amatora yagombaga kuba muri Mutarama na Gashyantare 2021, akomwa mu nkokora na COVID-19, akaba agiye gusubukurwa guhera m’Ukwakira 2021.


    source : https://ift.tt/3mxAXET

  • Abagore bari muri Sinema barasabwa kwirinda ababaka ruswa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo ‘Motion Picture Assossiation’ bwagaragaje ko uruganda rwa sinema muri Amerika rwatanze imirimo igera kuri miliyoni ebyiri n’igice ndetse rufasha gufungura ubucuruzi (Business) bushingiye kuri uyu mwuga burenga ibihumbi 93. Nk’uko byumvikana mu mibare ni uruganda rufatiye runini ingeri zitandukanye z’abantu aho muri Amerika.

    Tuve gato i Hollywood tugaruke mu Rwanda aho uru ruganda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rugenda rwaguka umunsi ku wundi rukaba rutunze ibyiciro bitandukanye by’abantu bakora uyu mwuga.

    Abari n
    Abari n’abategarugori bamaze kwiteza imbere babikesha sinema (Ifoto yo mu bubiko)

    Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, sinema nyarwanda yakorwaga binyuze mu ikinamico aho abakinnyi b’icyari “Indamutsa” batambutsaga umukino wabo binyuze mu majwi gusa dore ko icyo gihe isakazamashusho ryari ritaragira imbaraga rifite nk’uyu munsi n’ubwo uko babikoraga mu majwi gusa bitaburaga gukora ku marangamutima y’abakuru n’abato bikaba ngombwa ko bamwe banika amabuye ku kazuba kugira ngo ikinamico itabacika.

    Uruganda rwa sinema nyarwanda muri rusange nta myaka 20 rumaze rutangiye mu buryo bufatika. Muri uyu mwuga, abari n’abategarugori ntibasigaye inyuma kuko uko ibihe byagendaga bisimburana na bo bagendaga batinyuka kuwujyamo ndetse bagenda bagira uruhare mu mirimo itandukanye ikenerwa muri sinema.

    Mu ikorwa rya filime kugira ngo izasohoke igere hanze, hakenerwa imirimo itandukanye irimo ubwanditsi, kuyiyobora, kuyishoramo amafaranga, kuyikina, kuyitunganya, ifatwa ry’amajwi, amashusho, kuzayicuruza no kuyisakaza ndetse n’ibindi bikorwa byinshi bikenerwa kugira ngo igihangano kigere hanze kinoze kibereye ijisho.

    Icyakora n’ubwo mu Rwanda abari n’abategarugori batasigaye inyuma muri sinema, hari bamwe bagaragaza impungenge ndetse n’ibigusha biri muri uyu mwuga.

    Hakunda kumvikana bamwe mu bari n’abategarugori bagaruka ku nzitizi bahuye na zo ubwo binjiraga muri uyu mwuga aho bamwe mu bayobora cyangwa se abahitamo abakinnyi babanza kubaka ruswa kugira ngo babashe gutoranywa mu bakinnyi b’imena muri filime runaka n’ubwo benshi baterura ngo bashyire hanze uwabasabye iyo ruswa cyangwa wabashyizeho andi mananiza.

    Mukakamanzi Beatha wamenyekanye muri sinema nyarwanda nka ‘Mama Nick’ muri filime y’uruhererekane ‘City Maid’ itambuka kuri Televisiyo Rwanda asaba abakiri bato by’umwihariko abangavu bifuza kugana uyu mwuga kuba maso ndetse imbaraga nyinshi bakazishyira mu kwihugura mu kunoza umwuga aho kwizezwa ibitangaza n’abifuza kubaganisha mu bishuko.

    Mukakamanzi Beatha wamenyekanye cyane nka Mama Nick muri sinema nyarwanda
    Mukakamanzi Beatha wamenyekanye cyane nka Mama Nick muri sinema nyarwanda

    Ni byo yasobanuye ati “Mujye mujyana ubwenge, ntimugatware imibiri yanyu, imibiri yanyu si yo izatuma mukora akazi neza, ahubwo ubwenge ufite ube ari bwo ushyira imbere kuko ni bwo buzakubashisha gukora akazi neza ukanoza umurimo neza uko babyifuza.”

    Ku bigendanye n’abatanga amafaranga ngo babashe guhabwa imyanya yo gukina muri filime runaka, Mukakamanzi aburira abakiri bato ko aho kuyaha ushinzwe gutoranya abakinnyi ngo abahe ibyo batagenewe, bakabaye bayashyira mu mashuri abatoza kuzavamo abakinnyi beza.

    Ati “Njya mbabwira nti ese wowe urayatangira iki? Umuntu nimba akubwiye ngo arakunyuza muri filime ye ibyo birimo ubwenge? Aho kuyatanga aho, wakabaye uyatanga aho wiga gukina filimi (Acting) kuko ni byo byakugirira akamaro.”

    “Iyo watswe ruswa y’igitsina nawe ukayitanga uba uri injiji, ukwiye guhabwa ikintu kuko ugikwiye aho gutanga umubiri wawe. Ibyo byari bikwiye gucika kuko ntuba uhaye agaciro umubiri wawe”.

    Jacqueline Murekeyisoni Umuyobozi mukuru wa Cine Femme Rwanda, umuryango w’abari n’abategarugori babarizwa mu mwuga wa sinema mu Rwanda, na we asanga bitari ngombwa ko abari n’abategarugori bose bakwirundira mu kintu kimwe ari cyo gukina gusa (Acting) kuko muri sinema habamo imirimo itandukanye kandi yose itanga amafaranga. Bagakwiye kuyihuguraho maze ikabarinda kuba bagira aho bahurira n’iryo hohoterwa rivugwamo.

    Jacqueline Murekeyisoni, umuyobozi wa Cine Femme Rwanda
    Jacqueline Murekeyisoni, umuyobozi wa Cine Femme Rwanda

    Yagize ati “Umu star (icyamamare) agirwa umu star n’ikintu cyabanje kubaho uwanditse ya filime, uwayirariyeho amajoro, uwo muntu atariho wa mu star ntabaho, wa muntu ukina ntabaho, ese wowe wakoze icyo kugira ngo nawe utange akazi, hera aho ngaho, fata ikaramu wandike bya bindi wakinaga nawe ukinishe abandi. Imirimo ya sinema irungikanye kandi irimo amafaranga.”

    Kuva ku wa 4 kugeza kuya 11 Ukwakira mu Rwanda hari kubera Iserukiramuco mpuzamahanga ngarukamwaka ry’abagore muri sinema ryiswe “Urusaro International Women Film Festival” rifasha kugaragaza impano z’abari n’abategarugori muri uyu mwuga kuri iyi nshuro rikaba rizibanda cyane ku gufasha abategarugori kubereka inyungu ziba mu kwihuza ndetse no kwihugura ku murimo wo gutunganya filimi. Ayo mahugurwa azajya abera mu cyumba cy’ikoranabuhanga no guhanga udushya muri IPRC Kicukiro ndetse iri serukiramuco rikaba rizasozwa no kwerekana amafilimi abari n’abategarugori bagizemo uruhare mu gutunganya bikazabera kuri Canal Olympia ku Irebero.

    Kaneza Floriane, Umuyobozi w
    Kaneza Floriane, Umuyobozi w’iserukiramuco mpuzamahanga Urusaro International Film Festival

    Iterambere ry’umwuga wa sinema ntiryagerwaho mu gihe ubunyamwuga butabanje kubakirwa ku bumenyi ubufatanye n’ubushobozi bw’abayikora, ibi bikaba byagarutsweho n’umuyobozi wa Urusaro International Women Film Festival, Kaneza Floriane. Intego y’uyu mwaka muri iri serukiramuco ni ugufasha abashoramari b’abari n’abategarugori gushora imari muri sinema kuko uyu ni umwuga wabasha kubyazwamo andi mafaranga menshi mu gihe ubikoze abifiteho ubumenyi buhagije ndetse yabashije kwishyira hamwe na bagenzi be.

    Uyu muyobozi yagize ati “Uyu mwaka twaje kubona ko ubufatanye no gukorera hamwe mu Banyarwanda muri sinema ari ikintu gikwiye guhabwa imbaraga kurusha uko byari bisanzwe kugira ngo sinema itere imbere.”


    source : https://ift.tt/3BidvSe