Tag: featured

  • Abafite uburwayi bwo mu mutwe bifuza ko bafatwa nk’abandi bantu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni ibiganiro byitabiriwe n
    Ni ibiganiro byitabiriwe n’inzego zitandukanye

    Ibyo ni ibyagarutsweho ku ya 07 Ukwakira 2021, ubwo mu Karere ka Gasabo hari hateraniye imiryango n’inzego zitandukanye, bavuga ku bukangurambaga n’ubuvugizi bugamije gushaka ibisubizo by’ibibazo abafite uburwayi bwo mu mutwe bahura nabyo.

    Utarashatse kwivuga amazina ye agahabwa irya Odeth, avuga ko yafashwe n’uburwayi bwo mu mutwe ubwo yari mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, ariko akomeza kugerageza gusa aza guhagarika ishuri ubwo yari agiye gusoza umwaka wa mbere wa kaminuza.

    Yaje kwihugura mu bijyanye no gukora muri Hoteli

    Ahohoterwa bwa mbere bitewe n’uburwayi avuga ko yari arimo kwakira abantu bari baje mu nama, aza guhangayika kubera akazi kenshi (Stress) amena isosi/isupu ku bantu maze bamujyana kwa muganga, nyuma yo koroherwa agaruka mu kazi, baje guperereza basanga afata imiti ihabwa abafite uburwayi bwo mu mutwe maze baramuhagarika.

    Nyuma yaho yaje kongera kubona akazi kuri Hotel yo mu Karere ka Gatsibo atashatse gutangaza izina, hashize igihe aza kugira ikibazo na none maze atangira kujya mu bakiriya kubavugisha, gusangira na bo kandi bitemewe maze nyuma babona ko afite ikibazo ajyanwa kwa muganga.

    Ati “Icyo gihe maze koroherwa ushinzwe abakozi (Human Resource) yampamagaye mu biro ambuza kwambara umwenda w’akazi kuko akanjye kahagaze. Mubajije ambwira ko ntakwiye kuburana ahubwo ambwira ko niba hari icyo mburana ku bijyanye n’amafaranga ye, ko namubwira maze bakampa asigaye ngataha.

    Yongeraho ko abagore bafite uburwayi bwo mu mutwe bafite ikindi kibazo gikomeye bahura nacyo, kigira n’ingaruka ku babakomokaho.
    Ati “Twe abagore iyo turwaye imibiri yacu yifuza abagabo. Nkanjye iyo narwaye mba nshaka gukora imibonano mpuzabitsina cyane bityo nkajya kumwishakira, iyo maze koroherwa nsanga ntwite abanteye inda bakanyihakana”.

    Odeth afite abana babiri, umukuru afite imyaka icyenda bose bakaba baba mu miryango we akabafasha batari kumwe.

    Nkurunziza Aimable ufite imyaka 47, uvuka mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo, avuga ko avuka mu muryango ufite ubutunzi bwinshi ariko nta na hamwe agira uburenganzira cyangwa se umwitaho kuko afite uburwayi bwo mu mutwe.

    Ati “Mfite ikarita y’ubumuga y’uburwayi bwa diyabete n’uburwayi bwo mu mutwe navukanye, ndetse mu muryango wacu harimo abantu benshi bafite ubwo bumuga nko kwa data wacu, masenge n’abandi. Bamwe barapfuye ariko abasigaye nta numwe unyitayeho kuko bangize igicibwa. Bitangira bavuga ko ndi ikinyendaro kandi nasaze, kuko nari naravutse ku wundi mugore”.

    Umutesi Rose umuyobozi, wa NOUSPR UBUNTU
    Umutesi Rose umuyobozi, wa NOUSPR UBUNTU

    Yongeraho ko yagize ubuzima bubi cyane muri ubwo burwayi ati “mbere y’uko mbona imiti inyorohereza, natwikaga ibintu, nkarwana cyangwa nkakora ikosa kandi ritanturutseho bakamfunga, bakanzirikira ku kibambasi igihe nabananiye, rimwe na rimwe nkaniyangiriza kugeza ubwo nasigaye nta mwenda n’umwe mfite. Aho ngereye indera ubu singifungwa”.

    Ashimira inzego z’umutekano (Polisi y’u Rwanda) kuko ari zo zamufashije ku mugeza kwa muganga bakamwitaho.

    Yongeraho ko yifuza guhindurirwa ikiciro ku buryo yagirwa umugenerwabikorwa wa Leta kugira ngo afashwe, gusa akababazwa nuko hari umutungo w’iwabo wakabaye umufasha ariko ntawe afite umutiza imbaraga ngo ahabwe uburenganzira bwe.

    Bose uko baganiriye na Kigali Today bahuriza hamwe ku gusaba Abanyarwanda muri rusange kumva ko ufite uburwayi bwo mu mutwe ari umuntu nk’undi kandi ushoboye.

    Basaba kandi koroherezwa mu miti bahabwa kuko rimwe na rimwe ntibabasha kubona aho bakura ayo mafaranga, akenshi ngo birukanwa mu kazi iyo barwaye.

    Bihamywa na Odeth uvuga ko azi kwizigamira “iyo norohewe nkabasha gukorera ibihumbi bitanu nizigama 2,500 andi nkayakoresha, cyane ko mfite abana ngomba kwitaho no kwiyishyurira imiti i Ndera. Mba mu kimina no muri Ejo heza bivuze ngo ndashoboye”.

    Umuyobozi w’abafite uburwayi bwo mu mutwe mu Rwanda (NOUSPR UBUMUNTU), Umutesi Rose, avuga ko hatumiwe inzego zitandukanye kugira ngo herekanwe ubushakashatsi bwakozwe bujyanye n’uburwayi bwo mu mutwe, aho rimwe na rimwe buvamo kwiyahura.

    Mu bushakashatsi bwakozwe mu gihe cy’ukwezi kumwe, Akarere ka Nyanza basanze gafite abarwayi 500 kandi bose bafata imiti.

    Yemeza ko hari abarwayi benshi bahagaritswe mu kazi kabo harimo abahoze ari abarimu, abakora mu icungamutungo, Polisi ndetse n’abamburwa uburenganzira bwabo ku mitungo.

    Umutesi avuga ko ahanini ibibazo umuntu ahura nabyo yabiburiye ibisubizo, bishobora kugira uruhare mu kugira uburwayi bwo mu mutwe, bityo agasaba buri wese kumva ko kubugira bidasobanuye ko udashoboye cyangwa se wasaze, aho bamwe babita ko barangiye cyangwa bayayutse.

    NOUSPR UBUMUNTU isaba Leta gushyiraho uburyo bwarengera uwahungabanyijwe kugira ngo agirirwe urukundo, ahumurizwe kuko ari byo aba akeneye nk’Umunyarwanda wese.

    Umutesi ashimira Leta uruhare igira mu gufasha abantu bafata imiti ati “Leta yagize neza kuva mu gihe cya Covid 19 ubwo twari muri guma mu rugo, ingendo zitoroshye, yashyizeho uburyo bwo korohereza ufata imiti mu bigo nderabuzima”.

    Aimable Nkurunziza
    Aimable Nkurunziza

    Yongeraho ko hakiri icyuho kandi gikwiye kuvaho, aho ibitaro bifasha abo bantu bikiri bike mu gihugu.

    Ati “Dufite ibitaro bya Ndera ndetse n’ibiri i Butare. Ikindi kandi usanga umurwayi ahabwa imiti ariko nta muganga ahura nawe ngo amukurikirane amenye urwego agezeho, niba yamuhindurira ubwoko bw’imiti, mbese ari ugufata imiti ariko nta muganga”.

    Asoza akomoza ku bantu bakunze kugaragara ku mihanda rimwe na rimwe bafite abana bamwe bita abasazi, ko igihe kigeze iyo myumvire ikavaho ndetse ko bikwiye ko hashyirwa imbaraga mu kubaka ubushobozi bwo kubafasha.

    Yongeraho ko barimo guhugura abantu biswe ‘Patience Experts’, bazashyirwa mu mirenge bagira uwo babona bagahita bahamagara akajyanwa kwa muganga.

    Asaba Abanyarwanda muri rusange ko mu gihe hari uvuye kwa muganga yorohewe, badakwiye kumuha akato kuko bimusubiza inyuma, kandi ko ikinini cyangwa urushinge bitavura byonyine ahubwo urukundo mu muryango ruvura kurusha ibyo byombi.


    source : https://ift.tt/3BjaxwJ

  • Abanyeshuri bane bagiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika y’imyuga n’ubumenyingiro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abasore bane bazajya guhagararira u Rwanda muri Namibiya mu marushanwa y
    Abasore bane bazajya guhagararira u Rwanda muri Namibiya mu marushanwa y’imyuga n’ubumenyingiro

    Nizeyimana Janvier, Niyigena Elie, Irimaso David na Ndayishimiye André batsinze amarushanwa ku rwego rw’igihugu bahita bemererwa kuzitabira azabera mu gihugu cya Namibiya ku rwego rw’umugabane wa Afurika, kuva tariki 28 Werurwe – tariki 02 Mata 2022.

    Urushanwa ahabwa ibyangombwa byagenewe gukora igikoresho cyangwa kubaka igikorwa runaka, agahabwa n’igishushanyo cy’ibyo agomba gukora, ubundi agatangira kandi agahabwa isaha aza kurangirizaho.

    Imyuga ine abasore b’Abanyarwanda bazajya kugaragaza muri ayo marushanwa ijyanye n’ubwubatsi, gutanga amazi, gukora umuyoboro w’amashanyarazi hamwe no gusudira.

    Batsindiye n
    Batsindiye n’amafaranga ibihumbi 500 buri umwe umwe

    Aba basore bane batoranyijwe mu bahungu n’abakobwa batanu batanu bari batsinze irushanwa ry’ijonjora muri buri mwuga kuri uyu wa kabiri.

    Umuyobozi Mukuru wa RP, Dr James Gashumba avuga ko bagiye gushyira imbaraga muri aya marushanwa, kugira ngo na nyuma ya Namibiya hazabeho kujya i Shangai mu Bushinwa aho bazaba bitabiriye ayo ku rwego rw’isi ku itariki itaramenyekana.

    Dr Gashumba avuga ko ibihugu bagiye guhatana bifite urubyiruko rwateye imbere mu bijyanye n’imyuga n’ubumenyingiro kurusha u Rwanda.

    Dr Gashumba yagize ati “Tugiye gutangira imyitozo nyakuri, guhagararira u Rwanda ntabwo ari ikintu upfa gutwara utyo, nta kujenjeka, muri Namibiya bazahurirayo n’ibihugu byateye imbere biturusha nka Afurika y’Epfo, Maroke na Misiri, tumenye ngo niba tugiye guhangana na bo ntabwo tuzaba turi ku rwego rumwe”.

    Abageze ku rwego rw
    Abageze ku rwego rw’Igihugu bose bahembwe

    Avuga ko iyi gahunda izatuma habaho kubaka Abanyarwanda bashobora guhangana n’abo mu bindi bihugu, bikazatuma igihugu kitongera gukoresha abakozi bavuye hanze kubera kubura benecyo bafite ubushobozi.

    Umwe mu banyeshuri batsindiye kuzitabira amarushanwa, Nizeyimana Janvier uzakora ibijyanye no gusudira, avuga ko nta yindi mbogamizi afite uretse kwitoza gukora yihuta kandi akurikiza amabwiriza yahawe.

    Nizeyimana ati “Ugendera ku gishushanyo n’amabwiriza bagiye batanga ku rupapuro, wamara kubyumva neza ugatangira gukora, sinavuga ngo ‘imbogamizi mfite ni iyi’ kuko ibikenerwa byo ndabifite.”

    Minisiteri y’Uburezi na RP bavuga ko u Rwanda ruzajya rwitabira aya marushanwa akorwa ku rwego rwa Afurika no ku rwego rw’isi buri myaka ibiri.

    Umwuga wo gusudira ni umwe mu yo Abanyarwanda bajyanye mu marushanwa muri Namibiya
    Umwuga wo gusudira ni umwe mu yo Abanyarwanda bajyanye mu marushanwa muri Namibiya

    Umujyanama Mukuru wa Minisitiri w’Uburezi mu bijyanye na tekiniki, Enjeniyeri Pascal Gatabazi avuga ko aya marushanwa y’imyuga n’ubumenyingiro agiye kujya akorwa nk’uko abitegura imikino ya Olympic bahora bitoza ubudatuza, bigatuma barushaho kubikunda no kubyitabira.

    Abatsinze amarushanwa ku rwego rw’ijonjora ndetse no ku rwego rw’igihugu, uretse guhabwa imidari banahawe ibihembo by’amafaranga guhera ku bihumbi 200 kugera ku bihumbi 500 buri umwe umwe.


    source : https://ift.tt/3lmHi6M

  • Abarimu basabwe kwitanga mu kuzamura abana basigaye inyuma mu myigire – #rwanda #RwOT

    Ibi yabitangaje nyuma y’uko Minisiteri y’Uburezi itangaje ko ingengabihe y’abarimu igiye kongerwaho isaha imwe ku munsi igamije gufasha abana basigaye inyuma mu myigire yabo kubera imbogamizi zatewe ahanini n’icyorezo cya Covid-19.

    Bamwe mu barimu baganiriye na IGIHE bari bagaragaje ko kugeza ubu kongererwa amasaha atanu ku cyumweru, bizatuma ku kwezi aba amasaha asaga 16 y’inyongera, kandi ko ari umurimo ugoye cyane ko bamwe basanzwe banafite ikibazo cyo kwigisha amasaha menshi.

    Umwe yagize ati “Mu by’ukuri iriya gahunda ni nziza ariko natwe uburyo dusanzwe dukoramo buragoye. Kugeza ubu usanga mwarimu afite amasaha 40 ku cyumweru, bivuze ko kuba batwongereye ho isaha twakisanga dukoze amasaha 56 nibura. Uyu ni umukoro utazatworohera n’ubwo ari ibintu bigamije kongera ubumenyi bw’umwana.”

    Undi wigisha mu kigo giherereye mu Karere ka Muhanga yabwiye IGIHE ko bigoye cyane ariko ko batabura kubikora kubera guharanira inyungu rusange.

    Ati “Ibyo byo biragoye, kuko batwongereye amasaha, bivuze ko igihe twatahiraga kiyongereyeho nawe urumva ko bivunanye, icyakora ku bwo gukunda igihugu no guharanira inyungu z’abanyeshuri turera tuzabikora.”

    Mu kiganiro cyihariye na IGIHE, Mukangango Stéphanie, Umunyamabanga Mukuru wa SNER, yavuze ko kuba ku ngengabihe y’abarimu hiyongereyeho amasaha atanu bitagoranye ahubwo bisaba ubwitange nk’uko akazi ku bwarimu ari umuhamagaro.

    Yagize ati “Ni isaha imwe mu gitondo yo gukurikirana abana bacikanwe n’amasomo, kandi igihe cyose mwarimu ahora yiteguye kuko ni inkingi ya mwamba. Umwuga w’uburezi ubundi ni umuhamagaro, igihe cyose iyo umuntu afite umuhamagaro nta kimutungura. Icy’ingenzi ahubwo bakoreshe imbaraga no kwitanga kugira ngo ayo masaha atange umusaruro.”

    “Iriya saha ifite umumaro cyane kandi ni umwanya wo kuganira no gusobanurira abana, kureba ibibazo bafite kugira ngo mwarimu abashe gufata neza isura y’abana muri we.”

    Yakomeje agaragaza ko nta mwarimu ukwiye guterwa impungenge n’ayo masaha cyane ko umusaruro ugamijwe ari ukuzamura ireme ry’uburezi kandi ko biri mu nshingano zabo.

    Uretse amasaha aziyongera ariko hariho na gahunda yo gusubizaho umwanya wo kwicara nk’abarimu bakaganira ku iterambere ry’akazi bakora ndetse bakanahwiturana.

    Uyu munsi ugamije guhuriza hamwe abarezi ku kigo runaka uzwi nka “Journée Pédagogique” wongeye gutekerezwaho aho amasaha ya nyuma ya saa Sita buri wa gatatu mu bigo byose bazajya bafata umwanya bagateranira hamwe.

    Mukangango yagize ati “‘Journée Pédagogique’ abarimu bazajya bicara baganire kandi bahuze ibitekerezo. Uyu ni umwanya wo kwicara bakareba ibitagenda neza, kurebera hamwe ibikenewe no guhwiturana hagati y’abarimu mu rwego rwo kunoza umurimo. Uyu ni umwanya mwiza wongeye guhabwa abarimu ahubwo turasaba Minisiteri y’Uburezi kuzawuha agaciro gakomeye kugira ngo bitaza ari igihe cyo kuvuga ngo twabonye umwanya wo kuruhuka.”

    Ku wa 5 Ukwakira 2021, ubwo Minisitiri w’Uburezi yatangazaga iby’iyi ngengabihe iteganyijwe gukorerwaho muri uyu mwaka w’amashuri wa 2021/2022 yasabye abarimu kuzarushaho kugira umuhate kuko uzaba ari umwaka utoroshye.

    Ati “Uyu mwaka mugiye gutangira uratandukana n’iyindi mu buryo bw’imyigishirize, kuko hari gahunda yo gufasha abana bakiri inyuma. Bityo dusaba ko buri mwarimu mu bushobozi bwe no mu bwitange bwe agomba gukora ibishoboka ku buryo abana bari inyuma y’abandi bazamurwa bakagera ku kigero kimwe n’abandi banyeshuri. Turifuza ko umwana w’Umunyarwanda agira ubumenyi ku rwego rushimije, birasaba ubwitange ndetse n’imbaraga zidasanzwe ariko turabizi neza ko mubishoboye.”

    Abarimu basabwe kwihugura mu Cyongereza

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yasabye abarimu bakora mu bigo bya Leta n’ibyigenga kwita cyane ku ndimi zikoreshwa mu ishuri by’umwihariko Icyongereza ari nacyo gikunze gukoreshwa mu burezi bw’u Rwanda.

    Ati “Turifuza ko mukomeza kwihugura ururimi rw’icyongereza. Hejuru y’amahugurwa ategurwa namwe turabasaba ko mufata umwanya mukiyigisha kuko mwabishobora, cyane ko muzi inzira binyuramo. Nta yandi mahitamo, bisaba kurumenya ndetse hazashyirwaho na gahunda yo kugena igihe urwo rurimi buri mwarimu azaba arukoresha nkuko bikwiye mu masomo ye.”

    Ku ruhande rwa Sendika y’Abarimu n’abakora mu burezi mu nzego za Leta, Mukangango, yavuze ko bagiye kwibanda cyane ku guhugura abarimu mu masomo yose ariko hagashyirwa imbaraga mu bijyanye n’ikorabuhanga ndetse n’Icyongereza ngo mwarimu yoroherezwe n’akazi akora.

    Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa abarimu bigisha mu mashuri ya Leta n’afashwa nayo basaga ibihumbi 90 mu gihe Sendika y’Abarimu n’abakora mu burezi mu nzego za Leta mu Rwanda, inabafasha mu kububakira ubushobozi igizwe n’abanyamuryango barenga ibihumbi 60.

    Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’Abarimu n’abandi bakozi mu burezi bakora mu nzego za Leta mu Rwanda (SNER), Mukangango Stéphanie, yasabye abarimu kwitanga no guharanira gufasha abana basigaye inyuma mu masomo

    source : https://ift.tt/2YrpZs4

  • U Bwongereza bwakuye u Rwanda mu bihugu bitemerewe kubutembereramo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda ibinyujije ku rubuga rwa Twitter, ni yo yatangaje ayo makuru, ku wa Kane tariki 7 Ukwakira 2021.

    Ubwo butumwa bugira buti “U Rwanda ubu rwakuwe ku ‘rutonde rw’umutuku’ rw’abagenderera u Bwongereza. Iyi ni unkuru nziza ku bihugu byombi mu bijyanye n’ubukerarugendo n’ubucuruzi. Kuva saa kumi (4:am) zo ku ya 11 Ukwakira 2021, abantu baturuka mu Rwanda bemerewe kujya mu bwongereza kandi ntibasabwe kujya mu kato k’iminsi 10 muri hoteli”.

    N’ubwo bimeze uko ariko, abagenzi baturuka mu Rwanda bageze mu Bwongereza bazajya babanza kwiha akato k’iminsi 10 mu ngo aho bazashyikira, kandi bakanerekana ko bipimishije Covid-19 ndetse ibipimo bikerekana ko nta bwandu bafite.

    source : https://ift.tt/3BpGALp

  • Abakiliya ba Cogebanque banyuzwe no gusabana n’Umuyobozi wayo Mukuru mu cyumweru cyahariwe kubitaho – #rwanda #RwOT

    Babitangaje kuri uyu wa 7 Ukwakira 2021 mu gihe habura amasaha make ngo hasozwe Icyumweru cyahariwe kwita ku Bakiliya cyatangiye ku wa 4 Ukwakira 2021.

    Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Habarugira Ngamije Guillaume, yavuze ko muri iki cyumweru hibanzwe ku kwegera no kurushaho gufata neza abakiliya b’iyo banki nk’uburyo buboneye bwo gukurura abandi bashya.

    Ati “Mbere yo gushaka abandi bakiliya baza batugana, icyo twashyize imbere ni ukwita kuri abo ngabo basanzwe bahari kuko ni bo batuvuganira. Burya kujya kuzana undi mukiliya n’uhari wenda atishimye cyangwa hari icyo yari akeneye ntakibone ntibyaba ari byo.”

    “Abo ngabo ni na bo bakwigisha kuko baba bahamaze igihe, bakihangana bakanakubwira ibyo bifuza. Iyo tubafashe neza ni bo batuzanira abandi.”

    IGIHE yasanze Habarugira ari kugenda asura amashami atandukanye ya Cogebanque. Aho yageraga yavugishaga abakozi ariko agaha umwanya munini abakiliya abaganiriza ndetse akanyuzamo akabahereza ku binyobwa byabateguriwe bagasangira.

    Ni ibintu abakiliya batangaje ko bishimiye cyane nyuma yo kunyurwa na serivisi zinoze bahabwa.

    Uwambayinema Marie Claire umaze imyaka itandatu akorana na Cogebanque yemeje ko kuva yagiramo konti kugeza magingo aya nta kibazo arahura nacyo muri serivisi akenera.

    Yakomeje ati “Kuba twasuwe n’umuyobozi birashimishije cyane. Burya nk’umuyobozi w’ikigo gutekereza ngo reka njye kureba uko serivisi zitangwa mu ishami iri n’iri, nabyo bigaragaza agaciro abakiliya b’iyo banki duhabwa. Ubundi tumenyereye ko umuyobozi aba ari ku cyicaro gikuru ariko nk’iyo aje hano ku ishami natwe tubona ko nk’abakiliya twatekerejweho ku buryo habaye hari n’ikitagenda neza twakigaragaza kigakosorwa.”

    Igitego Fils watangiye gukorana na Cogebanque mu 2017 yashimangiye ibyo mugenzi we yavuze ku mitangire ya serivisi zinoze muri iyo banki.

    Yongeye aho ati “Biratangaje kubona Umuyobozi Mukuru yaje kuganira n’abakiliya bagasabana. Bimeze nko kubona umuntu w’ikirangirire yegereye abafana be kugira ngo basabane.”

    Habarugira yibukije abagana Cogebanque ko banki ari umukozi wabo bityo ko yiteguye gushakira ibisubizo ibibazo bafite byose cyane ko ari cyo ibereyeho.

    Cogebanque ifite imiyoboro myinshi ikoresha mu kugeza serivisi zinoze ku bayigana harimo amashami 28 n’aba-agents 650 ifite hirya no hino mu gihugu. Hari kandi ATMs zigera kuri 36, Internet Banking na Mobile Banking (*505# na Coge mBank) byemerera abakiliya kubitsa no kumenya uko konti zabo zihagaze batagombye kujya ku mashami. Inafite ikarita ya Smartcash ifasha kwishyura no kubikuza mu Rwanda n’amakarita ya Mastercard (Debit, Credit na Prepaid) afasha abayakoresha kwishyura no kubikuza ku Isi hose.

    Abakiliya batangaje ko banyuzwe no gusabana n’Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Habarugira Guillaume

    Abakiliya n’abakozi ba Cogebanque bafashe ifoto n’Umuyobozi Mukuru wayo, Habarugira Ngamije Guillaume, ari gusura amashami atandukanye

    Aha Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Habarugira Ngamije Guillaume, yarimo aganiriza abakozi arimo no kubafasha akazi

    Aha Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Habarugira Ngamije Guillaume, yahaga umukiliya serivisi

    Ifoto y’urwibutso abakozi ba Cogebanque bifotozanyije n’abakiliya

    Muri iki cyumweru cyahariwe abakiliya amashami ya Cogebanque yose aratatse

    N’abandi bakozi ba Cogebanque bari kurushaho kwegera abakiliya mu cyumweru cyabahariwe bagenzura neza ko banyuzwe na serivisi bahabwa

    Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Habarugira Ngamije Guillaume (iburyo) areba uko abakiliya bakirwa kuri rimwe mu mashami

    Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Habarugira Ngamije Guillaume, aganira n’abakozi bari bafite akanyamuneza

    Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque aha abakiliya bonbon mu gihe bari ku murongo bategereje kugerwaho

    Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Habarugira Ngamije Guillaume, ashyikiriza abakilya amazi

    Amafoto: Himbaza Pacifique


    source : https://ift.tt/3BqswRO

  • Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi ba Tanzania na Ethiopia basoje imirimo yabo mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yabakiriye kuri uyu wa 7 Ukwakira 2021.

    Ambasaderi Lulit Zewdie Gebremariam yari amaze hafi imyaka ine ahagarariye inyungu za Ethiopia mu Rwanda kuko yahawe izi nshingano muri Mutarama 2018 nyuma y’amezi umunani gusa iki gihugu gifunguye ambasade yacyo mu Rwanda.

    Ambasaderi Ernest Jumbe Mangu na we yatangiye inshingano zo guhagararira Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania mu Rwanda mu 2018 akaba aherutse gusimbuzwa Major General Richard Mutayoba Makanzo wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Mazi muri Tanzania.

    Aba bambasaderi bombi bagize uruhare mu gushimangira umubano w’u Rwanda n’ibihugu bari bahagarariye cyane cyane mu bijyanye n’ubuhahirane, ubukungu na politiki.

    Lulit Zewdie nka Ambasaderi wa mbere wa Ethiopia mu Rwanda yagize uruhare mu mubano mwiza w’ibihugu byombi ndetse muri Werurwe 2020 ambasade ayoboye yateguye igikorwa cyo kumurikira Abanyarwanda amahirwe ahari y’ubucuruzi, ishoramari n’ubukerarugendo muri Ethiopia.

    Muri Nzeri 2021, Amb Lulit Zewdie yakiriwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena, Dr. Iyamuremye Augustin, mu rwego rwo gusubukura ibiganiro bigamije isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’inteko zombi, nyuma yuko iki gikorwa gikomwe mu nkokora n’umutekano muke umaze igihe mu Ntara ya Tigray muri icyo gihugu.

    Ambasaderi Ernest Jumbe Mangu nk’uhagarariye igihugu cy’igituranyi n’u Rwanda yafashije ibihugu byombi gutsura umubano, aho u Rwanda na Tanzania bifitanye amateka n’umubano wihariye haba mu buhahirane, politiki, ibikorwaremezo, ubukungu n’umutekano.

    Ibihugu byombi kandi binafitanye umushinga ukomeye wo kubaka umuhanda wa gari ya moshi uzaturuka Isaka muri Tanzania ukagera i Kigali mu Rwanda, witezweho kuzoroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa hagati y’u Rwanda n’icyo gihugu.

    Imibare yo mu 2019, igaragaza ko u Rwanda rwoherezaga muri Tanzania ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 5,1$, naho muri Ethiopia rukoherezayo ibifite agaciro ka 9,7$.

    Perezida Kagame aramukanya na Ambasaderi Lulit Zewdie Gebremariam wari Ambasaderi wa Ethiopia mu Rwanda

    Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi Lulit Zewdie Gebremariam wari umaze hafi imyaka ine ahagarariye Ethiopia mu Rwanda

    Abayobozi bombi bagiranye ibiganiro byihariye

    Lulit Zewdie nka Ambasaderi wa mbere wa Ethiopia mu Rwanda yagize uruhare mu mubano mwiza w’ibihugu byombi

    Perezida Kagame na Ambasaderi Lulit Zewdie Gebremariam wari Ambasaderi wa Ethiopia mu Rwanda bafashe ifoto y’urwibutso

    Perezida Kagame na Ambasaderi Ernest Jumbe Mangu bahuje urugwiro ubwo yamusezeragaho

    Ibiganiro byanitabiriwe n’abayobozi batandukanye

    Perezida Kagame na Ambasaderi Ernest Jumbe Mangu wari uhagarariye Tanzania mu Rwanda bagiranye ibiganiro

    Perezida Kagame na Ambasaderi Ernest Jumbe Mangu wari uhagarariye Tanzania mu Rwanda bafata ifoto y’urwibutso

    Amafoto: Village Urugwiro


    source : https://ift.tt/3ljfiAT

  • Rulindo: Impanuka y’imodoka yahitanye abantu babiri – #rwanda #RwOT

    Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku itariki ya 6 rishyira iya 7 Ukwakira 2021, mu Murenge wa Cyungo mu Karere ya Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.

    Umuyobozi w’Umurenge wa Cyungo, Mutuyimana Jeannette, yabwiye IGIHE ko iyi modoka yagonze umukingo igasubira inyuma yibarangura cyane, igashwanyagurika, abantu babiri bari bayirimo bakabura ubuzima.

    Ati “Ni ahantu hamanuka cyane, iyo urebye uko imodoka yaguye bigaragara ko yabanje kubura feri, umushoferi akarwana nayo bikanga birangira ibishe.”

    Mutuyimana yavuze ko abo yahitanye yabangije cyane ku buryo bigoye kumenya umwirondoro wabo ariko icyamenyekanye ari uko baturuka mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyuve.

    Yakomeje agira ati “[Aba bantu yahitanye] bahise bajyanwa mu kigo nderabuzima cya Mushongi, ariko barabajyana mu bitaro bya Nemba. [mu Karere ka Gakenke]”

    Kubera ko hari mu masaha y’ijoro iyi mpanuka nta wundi yigeze iteza ikibazo uretse gusa abari bayirimo.

    Iyi modoka yangiritse ku buryo bugaragara

    source : https://ift.tt/3lmpUPA

  • Minisitiri w’Ubutabera yashimye umurava n’ubunyamwuga bya Polisi y’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi Minisitiri Ugirashebuja yabigarutseho mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2021, ubwo yari yasuye Polisi y’u Rwanda aho ikorera ku cyicaro gikuru cyayo ku Kacyiru agirana ibiganiro n’abayobozi bakuru bayo.

    Muri ibi biganiro hari Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, Umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa bya Polisi, Felix Namuhoranye, Umuyobozi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, Jeanne Chantal Ujeneza. Hari kandi n’abandi ba Ofisiye bakuru muri Polisi y’u Rwanda, abayobora amashuri n’andi mashami ya Polisi y’u Rwanda.

    IGP Munyuza mu ijambo ry’ikaze yabanje kugaragaza ishusho ya Polisi y’u Rwanda muri iki gihe ndetse n’imishinga iri imbere.

    Yagize ati” Polisi y’u Rwanda yashinzwe mu 2 000 itangirana abapolisi 3000 gusa, kuri ubu bageze ku bihumbi 17. Ishingwa hahujwe ibigo byari Gendarmerie Nationale, Urwego rwagenzurwaga na Minisiteri y’Ingabo, Police Communal yari muri Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu hari kandi na Police Judiciel yari muri Minisiteri y’Ubutabera. Kuva icyo gihe Polisi yakomeje kugenda yiyubaka mu buryo butandukanye kugeza ubwo ubu dufite Igihugu gitekanye.”

    IGP Munyuza yavuze ko Polisi y’u Rwanda ishyira imbere gukorana n’abaturage mu kwicungira umutekano, gahunda yagize uruhare runini mu kurwanya no gukumira ibyaha.

    Ati” Mu kazi ka buri munsi ka Polisi y’u Rwanda dushyira ingufu mu gukorana n’izindi nzego harimo iz’ubutabera,iz’umutekano, inzego z’abikorera ndetse n’abaturage muri rusange. Byose binyura muri gahunda y’uruhare rw’umuturage mu kwicungira umutekano (Community Policing), iyi gahunda igira uruhare rukomeye mu gucunga umutekano.”

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakomeje agaragaza ko ikinyabupfura muri Polisi y’u Rwanda kirushaho kwiyongera binyuze mu miyoborere, kugenzura ndetse no kuzamura imibereho myiza y’abapolisi.

    Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja, yashimye ibyo Polisi y’u Rwanda imaze kugeraho avuga ko umutekano Igihugu gifite ariwo kimenyetso kigaragaza imikorere myiza ya Polisi y’u Rwanda.

    Yagize ati” Nanyuzwe n’ibyo mwangaragarije bijyanye n’imbaraga Polisi y’u Rwanda yakoresheje kugira ngo mugere kuri ibi byose mwanyeretse kandi haracyari n’ibindi murimo gutegura kuzageraho imbere.”

    “Usibye na raporo z’imiryango mpuzamahanga zigaragaza ireme n’ubunyamwuga bwa Polisi yacu, ubundi n’umutekano uri mu gihugu cyacu urivugira. Uyu mutekano w’indashyikirwa tunezerwamo ntabwo wagezweho ku bw’impanuka, ni umusaruro wo gukora cyane, ubuyobozi bwiza n’umurava w’abapolisi.”

    Minisitiri Dr. Ugirashebuja yavuze ko uko Igihugu gitera imbere ni na ko hagenda hagaragara imbogamizi zirimo ibyaha bisaba kongerera ubushobozi n’ibikoresho.

    Nyuma yo kuganira n’abayobozi muri Polisi y’u Rwanda, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta yasuye bimwe mu bigo bya Polisi bikorera ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda.

    Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza

    Ibi biganiro byitabiriwe n’abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda

    Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja yashimye ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3AlAeLJ

  • Mount Kenya University yiyemeje kujya ihemba abarimu bitwaye neza mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi Mount Kenya Rwanda yabitangaje ku wa 5 Ukwakira 2021, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abarimu.

    Muri uyu muhango wabereye muri Kigali Convention Centre ukanitabirwa na Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, Umuyobozi wa Mount Kenya University Rwanda, Prof Edwin Odhuno, yashimye ibikorwa bitandukanye bikorwa hagamijwe guteza imbere uburezi bw’u Rwanda.

    Yavuze ko mu rwego rwo kwifatanya n’igihugu mu rugendo rwo guteza imbere uburezi, iyi kaminuza yiyemeje ko izaha abarimu bo mu mashuri yisumbuye n’abanza mudasobwa.

    Aba barimu bazagenerwa izi mudasobwa bazatoranywa ku bufatanye n’ Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi bw’Ibanze, REB, gusa ntihigezwe hatangazwa umubare w’abazahembwa.

    Iyi kaminuza kandi yazirikanye abarimu kubera uruhare bagira mu iterambere ry’igihugu no kurema abana mo abantu bakomeye.

    Mount Kenya University Rwanda yatangaje ko buri mwaka izajya itanga ibihembo bitandukanye bitewe n’ibikenewe. Ngo hari n’abarimu bazajya bahabwa buruse yo kwiga muri iyi kaminuza.

    Kuva mu 2008 iyi kaminuza itanga amasomo atandukanye arimo n’ajyanye n’uburezi. Ivuga ko iri shami ryayo ryafashije u Rwanda kubona abarimu bakenewe ku isoko ry’umurimo bazafasha kubaka ubukungu bw’igihugu bushingiye ku bumenyi.

    Muri uyu muhango, Minisitiri Dr Uwamariya yabwiye abarimu ko ari ab’ingenzi cyane mu iterambere ry’igihugu cyane ko buri wese ushobora kugira icyo agifasha aba yaranyuze imbere y’umwarimu.

    Yagize ati “Twese dusobanukiwe neza ko uburezi ari inkingi ikomeye mu iterambere ry’igihugu haba mu rwego rw’ubukungu, mu mbonezamubano, mu muco no muri politiki. Ibihugu byinshi byabashije kugera ku iterambere ryihuse kandi rirambye muri iyi myaka ya vuba ni ibyabashije gushyiraho porogaramu z’uburezi nziza ndetse zifite intego n’inshingano zo gukemura ibibazo by’ingutu bifite.”

    Minisitiri Dr Uwamariya yongeye kugaragariza abarimu ko Guverinoma izi neza akamaro kabo ndetse bishimangirwa n’ibyakozwe kugira ngo mwarimu yoroherezwe imirimo.

    Muri byo harimo ibyumba by’amashuri bisaga ibihumbi 22 byubatswe mu gihugu hose mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu mashuri, Girinka Mwarimu, gahunda yo gutanga mudasobwa kuri buri mwarimu, kubaka amacumbi y’abarimu hafi y’ibigo by’amashuri ndetse na gahunda yo kongera umushahara wa mwarimu ho 10% buri mwaka.

    Muri uyu muhango kandi ku rwego rw’igihugu hahembwe abarimu batanu, barimo babiri bigisha mu mashuri abanza ni ukuvuga uwo mu mashuri ya leta n’uwigisha mu kigo cyigenga wahize abandi, babiri bigisha mu mashuri yisumbuye n’uwigisha mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.

    Aba barezi bahembwe moto zizaborohereza mu rugendo rwabo ndetse na mudasobwa zizabafasha mu bushakashatsi kugira ngo bakomeze kunoza umurimo wo kurerera igihugu.

    Umuyobozi wa Mount Kenya University Rwanda, Prof Edwin Odhuno yavuze ko buri mwaka iyi kaminuza izajya ihemba abarimu bo mu gihugu babaye indashyikirwa

    source : https://ift.tt/3uOipE9