Tag: featured

  • Hasobanuwe indwara enye ziterwa n’ikirondwe n’uburyo zarwanywa – #rwanda #RwOT

    Ni indwara zikunze kwica inka izindi zikayibuza kurisha, aborozi ntibahite bamenya icyatumye umukamo ugabanuka kubera kutagira ubumenyi bwinshi ku ndwara zitandukanye.

    Hari ababona ikirondwe ku nka ntibihutire kugikuraho nyamara ngo kimwe n’isazi ya Tsetse biri mu bizonga inka bikayigabanyiriza n’umukamo.

    Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’umukozi ushinzwe gukurikirana indwara z’amatungo muri RAB, Dr Ntegeyibizaza Samson, yavuze ko ikirondwe gitera indwara enye z’ingenzi zikunze kugaragara hano mu Rwanda, izi ndwara zikaba zituma umukamo ugabanuka kandi zikica amatungo.

    Ikibagarira

    Iyi ndwara iterwa n’agakoko bita Theilera, Dr Ntegeyibizaza avuga ko iyo ikirondwe kirumye inka kiyinjizamo ako gakoko bigatera inka kurwara Ikibagarira.

    Ati “ Ikibagarira gituma inka igira umuriro mwinshi ikagira inturugunyu zibyimbye cyane, ikagira umuriro, ikaramburura, iyo nyir’inka atayivuje kare birangira ipfuye mu buryo bw’amayobera.”

    Gasheshe

    Indwara benshi bazi mu Kinyarwanda nka Gasheshe iterwa n’agakoko kitwa Anaplasma, iyo ngo ubaze inka yishwe na Gasheshe usanga kimwe mu bice bine bita Nyiraburema cyangwa bushati bigize igifu cy’inka cyarumagaye biturutse kuri ka gakoko gaterwa n’ikirondwe.

    Babiziose bakunda kwita “Karaso”

    Iyi ndwara ngo akenshi usanga inka iganga amaraso, ifite umuriro ndetse yanananiwe kurisha nyuma y’icyumweru ifashwe ngo ihita ipfa. Agakoko kayitera kitwa Babesia

    Umusumagiro

    Iyi ndwara iterwa n’agakoko kitwa Cowdria. Aka gakoko ko ngo gatera indwara izwi nka Heart water (mu ndimi z’amahanga) aho ikimenyetso cy’iyo ndwara iyo inka yapfuye bakayibaga basanga agashashi gafunitse umutima kuzuyemo amazi menshi cyane.

    Mu gihe inka itarapfa ngo irazungera ikikubita hasi nta mpamvu igahita ipfa mu buryo, ibi ngo biba mu gihe gito cyane ku buryo umworozi iyo adasobanukiwe neza n’ibijyanye n’indwara z’amatungo adapfa kubimenya.

    Dr Ntegeyibizaza yavuze ko ububi bw’ibisimba birya amatungo uretse kunyunyuza amaraso akenshi bushingiye ku kuyinjizamo izindi ndwara zitandukanye nk’uko ngo iyo umuntu arumwe n’umubu na wo umwinjizamo malaria.

    Hakorwa iki ngo izi ndwara zirwanywe?

    Dr Ntegeyibizaza avuga ko mu gihe umworozi abonye ko inka ye irwaye akwiriye guhita ashaka umuvuzi w’amatungo mu buryo bwihutirwa agahita ayifasha ngo kuko iyo haciyeho iminsi ihita ipfa.

    Dr Ntegeyibizaza yavuze ko Leta yashyize imbaraga nyinshi mu kwigisha aborozi uburyo bashobora gutera imiti yica uburondwe nibura kabiri mu cyumweru ndetse ngo inashyira aho inka ziterwa umuti hafi y’aborozi, ibi bikorwa byose bikaba bigamije gufasha aborozi kurwanya isazi, ibirondwe n’ibindi bikoko bikunze kwibasira inka.

    Ati “ Icya mbere nka Leta turi kurwanya ibyo bisimba biruma inka dutera umuti wica ibirondwe, iyica amasazi n’izindi ndwara, aborozi barasabwa gutera iyi miti nibura kabiri mu cyumweru ku buryo umuti ugera ku nka.”

    Yavuze ko kuri ubu hatangiye ubushakashatsi ku nkingo z’izi ndwara aho hamaze kuboneka urukingo rw’Ikibagarira aho ngo ruboneka muri RAB kuri nkunganire, yashishikarije aborozi kurugura ngo kuko rwabafasha mu bworozi bwabo.

    Dr Ntgeyibizaza avuga ko izi ndwara zizonga cyane inka zikagira n’uruhare mu igabanuka ry’umukamo ndetse zimwe muri zo zikaba zishobora no kwica inka

    source : https://ift.tt/3uYZ3vP

  • RDC: Impanuka y’ubwato yahitanye abantu barenga ijana abandi baburirwa irengero – #rwanda #RwOT

    Iyi mpanuka y’ubwato yabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira kuwa Kabiri tariki 5 Ukwakira 2021, aho bikekwa ko yatewe n’ikirere kibi ndetse n’umubare munini w’abantu bwari butwaye na cyane ko bwari bukoze mu biti.

    Umuvugizi w’Intara ya Mongala iherereye mu Majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’iki gihugu, Nestor Magbado, yabwiye AFP ko hari imibiri y’abantu 51 yabonywe ku mugoroba wo kuwa Gatanu, indi 69 kugeza ubu ikaba itaraboneka ariko ku bw’amahirwe hari 39 bayirokotse.

    Magbado avuga ko uyu mubare w’ababuriwe irengero ari ikigereranyo ngo kuko nta muntu uzi umubare nyawo w’abari baburimo ahubwo ko bakurikije umubare w’abantu ubu bwato bufitiye ubushobozi bwo gutwara.

    Uyu muyobozi yatangaje ko bakimara kumenya iby’iyi mpanuka bahise babimenyesha ubuyobozi bukuru i Kinshasa, gusa bakirinda kubitangariza itangazamakuru bataramenya umubare w’abo yahitanye cyangwa uw’abayirokotse.

    Magbado yavuze ko ibikorwa byo gushakisha ababuze bigikomeje ariko icyizere cy’uko haba hari abakiri bazima kiri kuyoyoka.

    Ubuyobozi bw’intara ya Mongala bwashyizeho iminsi itatu yo kunamira abaguye muri iyo mpanuka.

    Impanuka y’ubwato yahitanye abarenga 100 muri mugezi wa Congo

    source : https://ift.tt/2Yxb3ZE

  • Ebola yongeye kuboneka muri RD Congo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibisubizo byavuye mu bizamini bya laboratoire byakorewe i Goma tariki ya 7 na tariki ya 8 Ukwakira 2021 byemezwa na INRB ko umugabo n’umwana bagaragaje ibimenyetso byo kuva amaraso, kuruka no kubura umwuma tariki ya 14 Nzeri 2021 bageje kwa muganga barapfa.

    Ndetse nyuma y’iminsi mikeya undi muntu mu muryango w’abapfuye nawe yagaragaje ibimenyetso nawe ahita apfa.

    Umuntu wa kane ni umwana w’amezi 29 w’umuturanyi wabo nawe wagaragaje ibimenyetso nawe arapfa.

    Itsinda ry’abaganga ryahise ryoherezwa ku kigo nderabuzima cya Butsili gufata ibizami no kugenzura.

    Ubuyobozi bwa INRB ikaba ihera kuri ibyo bizami yemeza ko habonetse ubwandu bwa Ebola.

    Minisitiri w’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Jean Jacques Mbungani, yemeje ko itsinda ry’abaganga ryageze ahagaragaye ibimenyetso bya Ebola no kureba abahuye n’abagaragayeho icyorezo.

    Icyorezo cya Ebola muri 2018 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahitwa i Beni muri Kivu y’Amajyaruguru cyahitanye abantu barenga 400.

    source : https://ift.tt/3iOoXO7

  • Akurikiranyweho kubaka inzu hejuru y’umubiri w’uwishwe muri Jenoside #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Niyigena utuye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyakiriba, Akagari ka Bisizi, Umudugudu wa Kamakinga afunganywe n’abandi batatu barimo Munyagishari Jean Marie Vianney wubatse inzu, naho Kabarisa Innocent na Harerimana Eugene bakaba bakekwaho kwica Kalisa Mathias.

    Bafunzwe nyuma y’uko inzu ya Niyigena imaze gusenywa hakaboneka ibisigazwa by’umubiri wa Kalisa wishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.

    Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) Murangira B Thierry yemeje ko Niyigena na Munyagishari bakurikiranweho icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso byerekeye Jenoside.

    Ati “Tariki ya 06/10/2021, RIB yafunze abantu bane aribo Niyigena Jean Damascene na Munyagishari Jean Marie Vianey bakurikiranyweho icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye jenoside, Niyigena Jean Damascene niwe nyiri nzu y’aho umubiri wa Kalisa Mathias wishwe muri Jenocide yakorewe abatutse muri 1994 wakuwe, naho Munyagishari Jean Marie Vianney akaba ariwe wayubatse iyo nzu, naho Harerimana Eugene na Kabalisa Innocent bakurikiranyweho icyaha cya jenocide, kuko bicyekwa ko aribo bishe Kalisa Mathias muri jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.”

    Tariki ya 7 Ukwakira 2021 nibwo umugore wa Kalisa Mathias yemeje ko umuntu wubakiweho inzu ari umugabo we agendeye ku myambaro babonye kuko ariyo yari yambaye.

    source : https://ift.tt/3llNUCd

  • Ibanga ryo kuyobora Akarere ukarangiza manda: Ikiganiro na Guverineri Habitegeko François #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Habitegeko François ari mu barangije manda ebyiri ku Buyobozi bw
    Habitegeko François ari mu barangije manda ebyiri ku Buyobozi bw’Akarere

    Abayobozi b’inzego z’ibanze barimo Umuyobozi w’Akarere n’abamwungirije, batorerwa manda y’imyaka itanu ishobora kongerwa inshuro imwe (bivuze ko itegeko ribemerera manda ebyiri zimara imyaka 10).

    Benshi mu bayobozi b’uturere ariko izo manda ebyiri z’iyi myaka 10 ishize ntabwo bagiye bazirangiza, kuko bavuzweho ‘kweguzwa cyangwa kwegura ku bushake’, harimo n’abatararangije manda n’imwe.

    Aba ariko ntabwo barimo Habitegeko François wayoboye Akarere ka Nyaruguru kuva mu kwezi kwa Gashyantare 2011 kugera ku itariki 15 Werurwe 2021, aho yavuye agirwa Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba(Guverineri).

    Habitegeko avuga ko abayoborana bya hafi na Mayor(Meya) ba mbere ari abayobozi b’akarere bamwungirije ndetse n’abakozi bako, ariko atibagiwe n’inzego zibakuriye (Gouvernement Central).

    Abandi begereye cyane Umuyobozi w’Akarere ni inzego z’umutekano, abafatanyabikorwa bibumbiye mu itsinda ryitwa JADF, Inama Njyanama, amadini n’amatorero, abayobozi b’Inama z’Igihugu ku rwego rw’akarere (iy’abagore, urubyiruko n’abafite ubumuga).

    Umuyobozi w’Akerere kandi akorana bya hafi n’inzego z’abakorerabushake hamwe n’abaturage, ariko bose bakaba bafashwa n’inzego ziyoboye igihugu muri rusange.

    Guverineri Habitegeko, yasubije ibibazo Umunyamakuru wa Kigali Today(KT) yagiye amubaza

    KT: Icyo gihe muri 2011 ubwo mwatangiraga kuyobora Akarere ka Nyaruguru, mwagasanze gahagaze he mu bijyanye n’iterambere?

    Habitegeko: Nagasanze mu rugamba rw’iterambere, birumvikana uko twagasanze si ko twagasize, hari byinshi byakozwe kandi byiza, hari intambwe ifatika yatewe, abaturage bavuye mu bukene umubare utari muto, hari ibikorwaremezo by’amashanyarazi byubatswe, hari amavuriro, imihanda,…ndetse n’imyumvire hari intambwe ikomeye yatewe kuko ubu bari ku rugero rumwe n’abandi Banyarwanda mu kwiteza imbere.

    KT: Duhereye ku bijyanye n’Ubuhinzi, ibihingwa musize mu Karere ka Nyaruguru mubona bigomba gutunga abaturage no kubateza imbere ni ibihe?

    Habitegeko: Ubuhinzi muri rusange bwateye imbere, ndabyibuka haari impaka zikomeye zivuga ngo ‘ubutaka bwaho ntibwera kubera ubusharire’, ariko hari impinduka zikomeye zatewe no gukoresha ifumbirabuka nk’ishwagara, gukora amaterasi no gutunganya ibishanga.

    Habayeho guha imbaraga ibihingwa ngandurarugo nk’ibirayi, ibigori, ingano n’ibishyimbo ku buryo bufatika, ariko n’ibindi bihingwa(ngengabukungu) biberanye n’ubwo butaka busharira nk’ikawa n’icyayi byatejwe imbere.

    Umusaruro kuri hegitare warazamutse ku buryo bufatika, ubona ko ari intambwe ikomeye yatewe n’ubwo hakiri urugendo.

    Ingo zifite amashanyarazi muri 2011 Nyaruguru yari kuri 0.8% ariko ubu igeze kuri 90% by’ingo ziyafite, yaba akomoka ku mirasire cyangwa ku ngomero, navuga ko bageze ku rwego rw’uturere tw’Umujyi wa Kigali.

    Amashanyarazi burya ntabwo ari ukumurika gusa kuko azana n’indi mishinga myinshi y’urubyiruko, n’abaturage muri rusange batangira gucuruza, kubaza, gusudira, kogosha n’indi myinshi.

    Amazi meza na yo ni ibintu byashyizwemo imbaraga cyane, ariko hari n’ibindi bikorwaremezo nk’umuhanda wa kaburimbo(Huye-Kibeho), ni igikorwa cyatwaye amamiliyari menshi, ariko nta n’ubwo ari uriya gusa kuko hari n’uri kujya za Nshili uciye i Busanze ndetse n’undi uzaca mu Nyakibanda.

    Mu bindi bikorwa bifatika byakozwe harimo biriya bitaro bya Munini, na byo byatanzwe na Nyakubahwa Umukuru w’Igihugu hamwe n’uriya muhanda wa Huye-Kibeho, kubaka ibiro by’Akarere byo ni ibisanzwe kuko utatanga umusaruro udakorera ahantu hazima.

    Mu rwego rw’ishoramari hari ibyagiye bikorwa cyane cyane mu bijyanye n’amahoteli, n’ubwo hakiri urugendo runini ariko hari amahoteli yubatswe i Kibeho.

    KT: Murakoze cyane, nakwibariza noneho ikibazo kigira kiti “Umuyobozi mwiza w’Akarere ushobora kurangiza manda ya mbere akongezwa indi na yo akayirangiza, yagombye kwitwara ate?”

    Habitegeko: Icya mbere navuga ni uko agomba kuba ari Umuyobozi ufitiwe icyizere n’abamutoye ari bo baturage, kandi agaharanira kutacyangiza (icyo cyizere).

    Icya kabiri ni umuyobozi uyobora Akarere mu buryo bukurikije amategeko, akirinda amarangamutima n’ibindi, ni umuyobozi ugisha inama abo aruta, abo bangana n’abamuruta.

    Ntekereza ko ufite ibyo, unafite indangagaciro z’ubunyangamugayo, wahayobora!

    KT: Ese mu byiciro byose muyoborana akarere bya hafi, nta wagushatse ngo akubure?

    Habitegeko: Yari kumbura se ndi he? Hari mugenzi wawe wigeze ambaza ngo ‘Iyo utari mu kazi uba uri gukora iki?’ Namubwiye ko mba nsinziriye! Sintekereza ko (uwo muntu dukorana bya hafi) yambura kandi nanjye ahubwo mba mushaka. Rero ndumva nta wigeze ambura rwose kuko n’iyo yambura kuri iyi saha, ku yindi yambona.

    N’ubwo nta waboneka hose kuko tutari Imana, ariko icyo nemera ni uko uruhare rwa buri wese rudasimburwa, buriya Leta yacu itekereza bikomeye cyane, ziriya nzego zashyizweho, uzarebe nta na rumwe rwasimbura urundi ngo uvuge ko ‘uru ntacyo rumaze!’

    Iyo wabyumvise utyo rero, ibintu biragenda rwose.

    KT: Murakoze cyane, dusoza, abayobozi b’uturere bazatorwa mu Ntara y’Uburengerazuba witeguye kubafasha iki?

    Habitegeko: Niteguye kubafasha rwose uko nshoboye n’ubwenge bwanjye bwose, n’umutima wanjye wose, n’imbaraga zanjye zose, kuko ni yo nshingano ya mbere kandi nyamukuru. Niteguye rero kubafasha ari mu ihuzabikorwa, niteguye kubagira inama aho bishoboka hose, ndetse no kubakorera ubuvugizi ku biturenze.

    KT: Murakoze kandi mugire week-end nziza!

    Habitegeko: Namwe murakoze mugire week-end nziza!


    source : https://ift.tt/2WZqYPW

  • Tiwa Savage ababajwe n’umwana we uzabona amashusho ye akora imibonano mpuzabitsina #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tiwa Savage
    Tiwa Savage

    Tiwa Savage avuga ko aya mashusho yashizweho mu buryo bw’impanuka n’umukunzi we nyuma akayasiba ariko yamaze kubonwa n’imbaga nini ikoresha Snapchat.
    Avuga ko yarize cyane akibona ayo mashusho ndetse anagira abwoba bw’ibiza kumuvugwaho.

    Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Angie Martinez wa radiyo power yo mu mujyi wa New York. Ati:” Sinabyita amashusho y’urukozasoni [pronography] kuko ni ibyabaye hagati yanjye n’umukunzi turi kumwe nonaha”.

    ubwo yabonaga ayo mashusho ku wa gatatu wiki cyumweru yahisemo guceceka kuko yabaye nkuhahamutse, ibyo byatumaga atabasha gusinzira neza.

    Savage, w’imyaka 41, ni umwe muba stars ba banyamuziki bakomeye ku isi byumwihariko mu njyana ya Afrobeats.

    Yamenyekanye mu ndirimbo nka kele kele na Eminado ndetse yari umwe mu bagize itsinda rya Don Jazzy’s Mavin Records ryo muri Nigeria, aho yari azwi ku kabyiniriro ka First Lady.

    Yatangaje ko byabaye mu kwezi gushize ndetse ko hari n’uwashatse ko amuha amafaranga ariko kugiti cye atatinyuka gutanga amande acibwa uwatangaje amashusho y’urukozasoni kandi we yarakoraga ibintu bisanzwe hagati y’abantu bakundana.

    Ati:” sindi umusazi wo kwishyira mu bucucu nkubwo nta nubwo wankoresha ngo unkuremo amafaranga”.

    BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko Tiwa Savage ari muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu kwamamaza ablum yise Water and Garri, yakoranye n’aba stars bo muri Amerika barimo Brandy and Nas.

    Yongeraho ko atifuza ko ibizamuvugwaho byagira ingaruka ku muziki we kuko urimo kugenda neza. Avuga ko yari ahangayikishijwe n’uko azafatwa n’abafana be, inshuti n’umuryango ariko ko atari yitaye kubyo gucibwa amande cyane ko atendaga kuyatanga.

    Tiwa Savage yashyingiranywe na Teebillz Balogun, umwe mu bacunga cyangwa bagenga abahanzi (artist manager) mu 2013, nyuma mu mwaka wa 2018 baza guhana gatanya nyuma y’imyka ibiri yari ishize amushinja kutaba ntamakemwa.

    Yongeraho ko ubu ikimuhangayikishije ari umwana wabo w’imyaka itandatu uko azabifata n’ingaruka byamugiraho ndetse na nyina umubyara.


    source : https://ift.tt/3iLhlvK

  • Ubumwe n’ubwiyunge buhagaze neza; kuki Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu ari ngombwa? – #rwanda #RwOT

    Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari ikimenyetso simusiga cyerekena uburyo ubumwe bw’Abanyarwanda bwari bwarasegeshwe ku rwego rukomeye, ku buryo hari n’abatekerezaga ko igihugu kizaguma mu rukurikirane rw’ubwicanyi n’urugomo mu myaka yari buzakurikire, ‘u Rwanda rukaba nk’igihugu cyapfuye.’

    Ibi si ko byagenze kuko nyuma yo kubohora igihugu, FPR-Inkotanyi yashyize imbaraga nyinshi mu kongera kubaka ubumwe ndetse biragoye kwemeza ko u Rwanda rwari kugera ku iterambere n’umutekano rufite, hatabayeho ko Abanyarwanda bunga ubumwe bagakorera hamwe, ari na byo byakunze kugaragazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu bushakashatsi yakoraga buri mwaka.

    Icyakora mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki ya 14 Nyakanga, hagaragayemo uwatunguye abatari bake, wavugaga ko Leta ishyizeho Minisiteri nshya, izaba ishinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu.

    Nyuma yaho, ku itariki ya 21 Nzeri, Leta yahuje inshingano za Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), iza Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), iza Komisiyo y’Igihugu y’Itorero n’Ikigega cya Leta Gishinzwe Gutera Inkunga Abarokotse Jenoside Batishoboye (FARG), zose zishyirwa mu nshingano za Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, iyobowe na Dr, Bizimana Jean Damascène.

    Ni ikihe kibazo iyi Minisiteri ije gukemura?

    Kimwe mu byibajijweho nyuma y’uko Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu ishyizweho, ni ukwibaza icyo izaza kunganira ku bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, na cyane ko imibare yerekana ko buhagaze neza.

    Mu kiganiro na IGIHE, umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Tom Ndahiro, yavuze ko nubwo hari intambwe yatewe mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda, hakiri n’imbogamizi zigamije kubusubiza inyuma, bityo ko Leta ikwiye gufata ingamba zo kubusigasira.

    Ati “Icya mbere, uzi ko hari ababurwanya? Wabihorera se? Ntushobora kubaka inzu ikomeye ngo ureke kuyikinga, ngo wibaze ko hari ikintu ukoze gikomeye.”

    Uyu mushakashatsi yatanze ingero za bimwe mu biganiro bibera kuri YouTube, ‘bihembera ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi,’ avuga ko igiteye inkeke ari uko usanga abantu bari kubiba amacakubiri bifashishije izo mbuga nkoranyambaga usanga hari abantu bandi babashyigikiye.

    Ati “Abakurikira ibyo biganiro, bakanashyigikira ababikora ni Abanyarwanda, ibyo bintu ntibikwereka ko hari ikintu gikwiye gukorwa…ushobora kubaka ibintu ariko iyo udashyizeho uburyo bwo kubirinda, bishobora gusenyuka.”

    Ndahiro kandi yavuze ko iyi Minisiteri itazaba ishinzwe guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge gusa, ahubwo ko harimo ikindi cyiciro gikomeye cy’inshingano mboneragihugu, ati “Igihugu si umushinga w’imyaka itanu, ni umushinga w’imyaka amagana. Niba hari abantu b’uyu munsi batumva ibyago bashobora guterwa n’imvugo zibiba urwango, bakwiye kubyigishwa.”

    Igisubizo ku bwiyongere bw’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi?

    Mu minsi mike ishize, ibikorwa by’abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi byariyongereye cyane cyane mu bihugu by’amahanga, bigatizwa umurindi n’inyandiko, ubuhamya n’ibindi bikorwa by’ibihimbano byifashishwa mu kuyobya abantu.

    Ndahiro yavuze ko iyi Minisiteri ikwiye kuvugutira icyo kibazo umuti urambye, ariko avuga ko inshingano zayo zitagarukira kuri Jenoside yakorewe Abatutsi gusa.

    Ati “Iyi Minisiteri izagira uruhare rurenze gusa kwita kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’urugero, Itorero ry’Igihugu ntabwo ryigisha kurwanya Jenoside gusa.

    Ni ibiki byitezwe kuri iyi Minisiteri?

    Kugira ngo iyi Minisiteri izagere ku nshingano zayo, Ndahiro yavuze ko hari ibyo ikwiye gushyigikira, birimo gutuma amateka y’u Rwanda na Jenoside yakorewe Abatutsi byashyirwa mu mashuri abanza, abana bagakura bayasobanukiwe.

    Uyu mushakashatsi kandi yavuze ko iyi Minisiteri ikwiriye gushyira imbaraga mu bikorwa “by’ubushakastsi, kwandika ibitabo n’ibindi bitandukanye.

    Yasobanuye kandi ko mu bijyanye n’inshingano mboneragihugu, hari ibibazo byinshi bikwiriye gushakirwa ibisubizo. Ati “Iyo urebye imyitwarire y’urubyiruko wibaza, uko ruzaba rumeze mu myaka mike imbere.”

    Yashimangiye ko iyi Minisiteri ikwiriye no kuba umusemburo w’ibiganiro bitandukanye, birimo nk’iterambere rya siporo, iyangirika ry’ururimi rw’Ikinyarwanda, ati “Mu ndirimbo tuvuga ko umuco dusangiye uturanga, kandi umuco wacu ni uko duhujwe n’ururimi.”

    Dr. Bizimana yavuze ko ingingo y’ubushakashatsi ku mateka iri mu bizibandwaho cyane. Ati “Kimwe mu byo numva bikenewe tuzakomeza gushyiramo imbaraga, ni ukureba uko amateka y’u Rwanda yatumye ubumwe bw’Abanyarwanda busenyuka kuko bufite icyabusenyuye.”

    Yakomeje agira ati “Ibyo ni ngombwa rero ko ayo mateka asuzumwa, akandikwa, akigishwa ku buryo buhagije, tukagira amateka y’igihugu, yanditse, azwi, atari amateka avangavanze cyangwa se afite uko yagiye agorekwa nk’uko twahuye nabyo. Aho tuzinjira no mu bushakashatsi.”

    Minisitiri Dr Bizimana yavuze kandi ko Abanyarwanda bari mu mahanga nabo bazahabwa umwihariko, aho kuri ubu hari ibiganiro byatangiye mu byiciro bitandukanye, baba abari mu Rwanda no mu mahanga.

    Ati “Kugira ngo tunarebe ibyo Abanyarwanda bo mu byiciro bitandukanye bategereje kuri iyi minisiteri, ibyo bitekerezo baduha biradufasha kumenya icyo Abanyarwanda badutegerejeho ndetse n’inshuti z’u Rwanda kugira ngo za nshingano zize zihuye n’ibyo Abanyarwanda bifuza.”

    Ku rundi ruhande, Ndahiro yavuze ko ihuzwa rya CNLG, NURC na FARG bizoroshya akazi, kuko izi nzego zizashyirwa muri Minisiteri imwe bityo n’ibibazo bigaragajwe bigakemurwa vuba.

    Minisitiri Bizimana Jean Damascène aherutse kuvuga Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu kizajya gishyira imbaraga mu bijyanye n’ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    source : https://ift.tt/3iL1FsA

  • Abarimu barashishikarizwa kwihugura mu rurimi rw’Icyongereza bigishamo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Dr. Uwamariya avuga ko ari ngombwa ko abarimu bamenya Icyongereza kuko ari rwo rurimi bigishamo kandi nta yandi mahitamo bafite
    Minisitiri Dr. Uwamariya avuga ko ari ngombwa ko abarimu bamenya Icyongereza kuko ari rwo rurimi bigishamo kandi nta yandi mahitamo bafite

    Mu gihe biteganyijwe ko umwaka w’amashuri wa 2022 utangira ku wa Mbere tariki 11 Nzeri 2021, Minisiteri y’Uburezi isaba abarimu kudategereza gusa amahugurwa yateguwe ateganyijwe mu buryo butandukanye, ahubwo ko ari ngombwa ko na bo bafata umwanya bakajya biyigisha kugira ngo bizagere igihe buri wese abasha gukoresha Iyongereza nk’uko bikwiye mu masomo yigisha.

    Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya, avuga ko bikiri imbogamizi ku barimu kuko bakiri ku rwego rwo hasi mu rurimi rw’Icyongereza kandi ari rwo bagomba kwigishamo.

    Ati “Biracyari imbogamizi, baracyari hasi ndetse muri gahunda zateguwe zo kubahugura Icyongereza cyashyizwemo imbaraga, ariko mwese murabizi ko ururimi kugira ngo urumenye bisaba ko nawe ubwawe ubiha imbaraga, icyo twabasaba ni uko batajya bategereza gusa ya mahugurwa yateguwe, ahubwo mu gihe bafite umwanya na bo bakihugura, bakiyigisha”.

    Akomeza agira ati “Ibintu by’ikoranabuhanga byateye imbere, hari n’amasomo aba ahari, ni na yo mpamvu dushaka ko bamenyera gukoresha ikoranabuhanga kuko bashobora kuhabona byinshi bishya bahigira ndetse n’urwo rurimi rw’Icyongereza, turabasaba rero ko bashyiramo imbaraga mu kwiga ururimi rw’Icyongereza kuko niba ari rwo rurimi tugomba kwigishamo, ntabwo bashobora kwigisha mu rurimi na rwo batizeye, birasaba ko tubahugura, amahugurwa yarateganyijwe, ariko na bo bagashyiraho akabo”.

    Bamwe mu barimu bavuga ko bagiye gufasha bagenzi babo bakiri inyuma mu Cyongereza kugira ngo barusheho gutanga uburezi bufite ireme
    Bamwe mu barimu bavuga ko bagiye gufasha bagenzi babo bakiri inyuma mu Cyongereza kugira ngo barusheho gutanga uburezi bufite ireme

    Bamwe mu barimu bavuga ko, uko bose bakora mu burezi atari ko bari ku rwego rumwe mu kumva no kuvuga Icyongereza, ariko kandi ngo bagiye gushyira imbaraga mu gufashanya, ku buryo abari ku rwego rwisumbuyeho bazafasha bagenzi babo bakiri hasi, kandi ngo bizeye neza ko bizatanga umusaruro ukagera no ku bana bigisha.

    Christian Niyomugabo, umwarimu ku rwunge rw’amashuri rwa Kabasare mu Karere ka Kamonyi, avuga ko yahuguwe neza akaba afite intego yo gufasha bagenzi be bagifite ikibazo mu rurimi rw’Icyongereza kugira ngo na bo bazagere ku rwego rwiza rugomba kuba ruriho mwarimu.

    Ati “Mu rwego rwo kuzamura imivugire n’imyigishirize y’Icyongereza mu barimu, hari amahugurwa yateguwe na BLF (The Building Learning Foundations Programme), kandi narahuguwe, intego mfite ni ukujya guhugura ba barimu tukabazamura kugeza ha handi umwarimu ashobora gukoresha ururimi rw’Icyongereza neza mu ishuri nta kibazo kandi n’umwana akabasha kumwumva”.

    Kuba ururimi rw’icyongereza ari rwo rurimo gukoreshwa mu burezi ngo mu gihe bazaba bamaze kurumenya neza bizabafasha kurushaho gutanga umusaruro ufatika mu mitsindire y’abana, no kugira ngo urubyiruko rutinyuke ku buryo bazaba bashobora kujya guhatana aho ari ho hose kuko nta mbogamizi z’ururimi bazaba bagifite bitewe n’uko bazaba bamaze gutinyuka.


    source : https://ift.tt/3iLr6dj

  • Rusizi: Itangira ry’amashuri ryasanze hari ibyumba by’amashuri bitaruzura – #rwanda #RwOT

    Tariki 11 Ukwakira 2021, ni bwo umwaka w’amashuri 2021/22 uzatangira. Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubucukike bwagaragaraga mu mashuri amwe n’amwe, Leta y’u Rwanda yubatse ibyumba birenga ibihumbi 22 mu gihugu hose. Kugeza ubu bimwe muri ibyo byumba byamaze kuzura ndetse byatangiye no kwigirwamo ariko hari ibitaruzura; iyi aka ari imbogamizi ku barerera mu bigo biri kubakwamo.

    Ukwishatse Eliezel, umurezi ku Ishuri ribanza rya Gakoni, rimwe mu mashuri mashya yahanze hagamijwe gukemura ikibazo cy’ubucucike mu mashuri, avuga ko kuba hari ibyumba by’amashuri biri kubakwa bitaruzura ari imbogamizi bafite mu gihe itangira ry’amashuri ryegereje.

    Yagize ati “Kugeza ubu dufite abana bagera kuri 589, dufite ibyumba 12, ariko ntibyigirwamo byose twigira mu byumba 8 kuko ibindi bitaruzura neza”

    Ndayishimiye Noël uyobora Urwunge rw’Amashuri rwa Indatwa, ishuri rishya ryahanzwe mu Murenge wa Gitambi hagamijwe gukemura ikibazo cy’ubucucike bw’abanyeshuri bwagaragaraga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Mashesha na we avuga ko kugeza hari ibyumba bafite bitaruzura.

    Yavuze ko nubwo ibi byumba bitaruzura bafite icyizere ko bizatungana vuba bitewe n’uko imirimo yo kubyubaka iri kugana ku musozo.

    Ati “Ibi byumba bitaruzura twiteguye kubyigiramo tugitangira ku itariki 11 Ukwakira, kubera ko imirimo yose ijyanye n’abafundi turi kuyirangiza. Ku wa Mbere tuzatangirana n’igikorwa cyo gusiga amarangi ndetse na rwiyemezamirimo ugomba gushyiramo ibirahure na we ariteguye, ku buryo nizera ko icyumweru kimwe iyi mirimo izaba irangiye.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem, avuga ko amashuri ataruzura ahanini ari ay’amagorofa kuko ibyuma byo gukoresha garde-fou (ibyuma birinda abantu kuba bahanuka) bitaraboneka.

    Yagize ati “Mu bitari byuzura harimo ibyumba ahanini bigeretse, ariko ugasanga ahanini turabura ibyuma bikoreshwa nka garde-fou. Mbere amasoko agitangwa, biriya byuma twabigemurirwaga na Minisiteri y’Uburezi ariko ubu nta y’agitangwa, twafashe icyemezo ko tugenda tukareba aho byagiye bisaguka ku yandi masite kuko hari ayo twajyanyeho ibyuma cyangwa se n’ibindi bikoresho ntibyashira. Ubu rero turi kugenda tubyegeranya mu mirenge yose tubijyane aho babikeneye”.

    Yakomeje avuga ko hagati yo ku wa 11 no ku wa 12 Ukwakira 2021, ibyo byuma bazaba bamaze kubigeza ku mashuri ataruzura kugira ngo bikoreshwe.

    Mbere y’uko Minisiteri y’Uburezi itangira kubaka ibyumba bishya by’amashuri, hari ibyigirwagamo n’abanyeshuri barenga 60 mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bumenyi, Uburezi n’Umuco (UNESCO) riteganya ko icyumba cy’ishuri kitagomba kurenza abana 45.

    Hari ibyumba by’amashuri bikiri mu mirimo ya nyuma yo kubaka mu gihe amasmo agiye gutangira

    source : https://ift.tt/3iJ6LW6