Tag: featured

  • Guverinoma iri guteganya ikigega cyihariye kizafasha abahinzi-borozi kubona inguzanyo – #rwanda #RwOT

    Ni ibyatangajwe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Ukwakira 2021, mu biganiro byayihuje inzego zitandukanye n’abakora muri uru rwego mu gushakira hamwe ibisubizo ku bibazo bigikoma mu nkokora gahunda zo gufasha abahinzi n’aborozi kubona amafaranga yo gukoresha mu mishinga yabo.

    Abafite ibigo by’imari na za banki muri rusange bagaragaza ko impamvu birinda gutanga amafaranga menshi ku bari mu buhinzi n’ubworozi, ari uko ayo mafaranga ari ay’abakiliya babo baba barimo gucuruza.

    Ni ukuvuga ko banki iyo yakiriye abakiliya babiri baje kwaka inguzanyo barimo umucuruzi ugaragaza ko azajya yishyura mu gihe gito cyangwa azahita yishyura mu gihe cya vuba, na wa muhinzi ugaragaza ko azatangira kwishyura nyuma y’igihembwe ari uko yasaruye, banki ihitamo kuguriza uzayishyura vuba.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, yavuze ko nka leta bagiye gutekereza uko hashyirwaho ikigega cyangwa uburyo bwihariye bwo gufasha abahinzi kubona amafaranga.

    Ati “Iyo uganiriye n’abantu benshi, bigaragara ko igihe kigeze ko hatekerezwa ku kigega cyajyamo amafaranga runaka y’ubuhinzi, hari n’abavuga ko ashobora no kujya ahandi hantu runaka hakaba hajyaho banki y’ubuhinzi, abandi bakavuga ko yajya nko muri BRD, akaba ari amafaranga agamije guteza imbere ubuhinzi.”

    Yakomeje agira ati “Ni aho nka leta natwe tubona hakwiye kujyaho ikigega cy’amafaranga gishobora gufasha mu gutanga ingwate cyangwa mu gufasha amabanki kuba yabona amafaranga ahagije kugira ngo ayahe abo bahinzi, nicyo turimo kuganiraho ngo turebe uko twabafashamo.”

    Dr Ngabitsinze yavuze kandi ko muri rusange leta igiye kureba icyakorwa mu gushyiraho iyo banki cyangwa gukoresha isanzwe ariko icyo kigega gifasha abahinzi kikaba cyajyaho.

    Ati “Icyo iki kigega cyafasha, ni ukugira ngo nibura amabanki agire icyizere ko hari amafaranga ahari yatangwa kugira ngo ashyigikire abahinzi n’uwagira ikibazo habe hari uburyo ayo mafaranga yakwishyurwa . Ikindi ni ukubona amafaranga yo gutanga, hari igihe ayo ziba zifite aba adahagije kuko niba twifuza gukora ubuhinzi bwa kinyamwuga, ni byiza ko icyo kigega cyajyaho kikajya gifasha abahinzi kubona ayo mafaranga.”

    Dr Ngabitsinze kandi yavuze ko icyo kigega kigiyeho byakemura ikibazo cy’abakunze gutaka inyungu z’umurengera bakwa iyo bahawe inguzanyo.

    Ku rundi ruhande ariko hari bamwe mu bafite za banki zatangiye gukorana n’abahinzi babaha inguzanyo yaba iy’igihe gito n’igihe kirekire, bavuga ko uru rwego ari nk’izindi kandi narwo rwunguka bityo amabanki akwiye kwizera abarukoramo.

    Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri AB Bank, Ndikumana Jerry Joas yavuze ko kuva batangira gutanga inguzanyo ku bahinzi hari benshi bagenda bafata amafaranga kandi akunguka.

    Ati “Udashyize amafaranga menshi mu buhinzi nta handi wayashyira kuko kugeza ubu Abanyarwanda 80% batunzwe n’ubuhinzi.”

    Yakomeje agira ati “Ikibazo kigenda kivuka ni ikijyanye n’izo mbogamizi cyangwa ibibazo birimo ariko ikigaragara iyo umaze gushyiramo amafaranga ubona ko ibyo bibazo bigenda bibonerwa umuti.”

    Minisiteri y’Ubuhunzi n’Ubworozi itangaza ko kugeza ubu amafaranga ashyirwa muri uru rwego rw’ubuhinzi akiri kuri 5% mu gihe hari intego yo kuzaba yageze hejuru ya 10% mu 2024.

    Leta yagaragaje ko gushyiraho ikigega cyangwa banki ifasha abahinzi n’aborozi aribyo bizafasha mu iterambere ry’urwo rwego

    source : https://ift.tt/3iOpuPY

  • COPEDU Plc yahawe igihembo nka Microfinance ya mbere mu Rwanda itanga serivisi nziza – #rwanda #RwOT

    Abayobozi bayo biyemeje gukomeza guharanira ko COPEDU iba igicumbi cy’ahatangirwa serivisi nziza mu gihugu.

    Ibi bihembo bya ‘Service Excellence Award’ byatanzwe ku nshuro ya Gatandatu, aho bitegurwa n’ikigo gisanzwe gikora ibikorwa byo guhemba abantu n’ibigo mu nzego zitandukanye cya Kalisimbi Events.

    COPEDU Plc ni kimwe mu bigo byahawe ibihembo byo kuba byaratanze serivisi nziza ku bakiliya babyo mu 2021, mu muhango wabaye kuri uyu wa 9 Ukwakira kuri Lemigo Hotel hubahirizwa amabwiriza ya Covid-19.

    Umuyobozi ushinzwe Ishami ry’Ubucuruzi muri COPEDU Plc, Bigiramana Francine, yavuze ko bakiriye neza igihembo bahawe kuko batowe n’Abakiliya babo ndetse biba akarusho kuko cyahuriranye no gusoza icyumweru cyahariwe Abakiliya.

    Yagize ati “Kuba muri iki cyumweru [cyahariwe umuguzi] ari abakiliya baduhisemo bifite icyo bisobanuye kuri COPEDU Plc ndetse bitwereka ko ibyo dukora hari benshi babibona tukaba dushimira abakiliya bacu cyane.”

    “Iki gihembo twahawe kiduteye imbaraga zo kurushaho gukora cyane tugaha abakiliya bacu serivisi nziza zihuse kandi zinoze, ziruse izo twabahaga, tukaba tubizeza ko tuzakomeza gushyira imbaraga mu gusubiza ibyifuzo byabo.”

    Umuyobozi ushinzwe inguzanyo muri COPEDU Plc, Ntirenganya Alphonse, yavuze ko iyi ‘microfinance’ yiteguye gukomeza gahunda zayo zo guteza imbere abari n’abategarugori ndetse ko iki gihembo cyahuriranye n’uburyo bushya ifite bwiswe ‘Tinyuka’ bugenewe cyane abagore.

    Yagize ati “Covid-19 yagize ingaruka ku mishinga itandukanye y’abantu, muri Tinyuka rero abategarugori tubaha inguzanyo y’amafaranga ashobora kugera kuri miliyoni eshanu nta ngwate. Urumva ko ari ikintu cyatuma umuntu ava ku rwego rumwe akagera ku rundi.”

    Ntirenganya yavuze ko nta byinshi basaba uje kwaka inguzanyo apfa kuba gusa afite ipatanti, asanzwe akora umushinga runaka ndetse afite n’ibyangombwa byawo ubundi bakamutera ingabo mu bitugu bakamufasha kwagura umushinga we nyuma y’uko imishinga myinshi ikomwe mu nkokora na Covid-19.

    Uretse ubu buryo, COPEDU Plc ifite n’izindi serivisi igenera abakiliya zitandukanye.

    Mu cyerekezo cya COPEDU Plc, ivuga ko izakomeza guhaza ibyifuzo by’abakiliya bayo ndetse igafatanya na Leta y’u Rwanda muri gahunda yayo yo guteza imbere abari n’abategarugori.

    Ntirenganya ushinzwe inguzanyo (ibumoso), Bigirimana ushinzwe ishami ishami ry ubucuruzi (hagati) na Niyonshuti Emmanuel ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa muri COPEDU Plc (iburyo) bishimira igihembo bahawe

    Bigirimana ushinzwe ishami ry’Ubucuruzi muri COPEDU Plc yavuze ko igihembo bahawe cyabateye imbaraga zo kurushaho gukora cyane

    COPEDU Plc yahawe igihembo cy’umwaka nka microfinance ya mbere nziza mu Rwanda

    Abayobozi ba COPEDU Plc biyemeje guharanira ko ikomeza kuba igicumbi cy’ahatangirwa serivisi nziza

    Ubwo Bigiramana yajyaga gufata igihembo cya COPEDU Plc

    Bigiramana yavuze ko kuba igihembo COPEDU yahawe, yagihawe n’Abakiliya ari iby’igiciro

    Niyonshuti Emmanuel ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa yishimira igihembo bahawe

    Ntirenganya yavuze ko COPEDU izakomeza kuba hafi abakiliya ibagerera ku byifuzo byabo

    source : https://ift.tt/3Bwlon0

  • Amahirwe y’ishoramari yari yararengejwe ingohe ahishe hagati y’u Rwanda na Zimbabwe – #rwanda #RwOT

    Kuva mu 2017 Perezida Emmerson Mnangagwa yajya ku butegetsi muri Zimbabwe, umubano w’u Rwanda n’iki gihugu warushijeho gutera intambwe igaragara.

    Ibi bishobora gushimangirwa n’uko ari nabwo ibihugu byombi byahisemo gufungura ambasade. U Rwanda rwafunguye ambasade muri Zimbabwe mu Ukwakira 2018, mu gihe Zimbabwe nayo yayifunguye i Kigali mu Ukwakira 2019.

    Igitekerezo cyo gutangiza Rwanda – Zimbabwe Trade and Investment Conference kandi cyazanywe bwa mbere mu 2019, nyuma y’uko Perezida Emmerson Mnangagwa yari amaze gusura Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, akishimira intambwe u Rwanda rumaze gutera mu bijyanye no korohereza ubucuruzi.

    Uyu mubano w’ibihugu byombi ushingiye ku kureba uko byarushaho gufatanya mu bintu bitandukanye hagamijwe kuzamura ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage babyo.

    Kuba ibihugu byombi byarahisemo gushyira imbaraga mu mubano n’ubutwererane bifitanye, ni uko hari amahirwe kimwe kibona mu kindi.

    Zimbabwe ni igihugu kiri muri Afurika y’Amajyepfo gifite ubuso bwa 390,757 km2. Bitewe n’icyerekezo iki gihugu kirimo bituma kitabona uko gihahirana neza na Afurika yo hagati ndetse n’iyo mu burasirazuba. Ibi bituma Zimbabwe ibona u Rwanda nk’igihugu cyayifasha kwinjira muri utu turere turimo amasoko manini nk’irya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    U Rwanda kandi narwo rubona Zimbabwe nk’inzira yarufasha kugeza ibicuruza byarwo muri Afurika y’Amajyepfo.

    ’Rwanda – Zimbabwe Trade and Investment Conference’ ihanzwe amaso

    Nyuma y’uko Perezida Emmerson Mnangagwa atanze igitekerezo cyo gutangiza ‘Rwanda – Zimbabwe Trade and Investment Conference’, Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, yagiriye uruzinduko muri Zimbabwe ku butumire bw’icyo gihugu, hemezwa ko iri huriro rizajya rihura buri mwaka mu rwego rwo gusangira ubunararibonye n’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

    Bwa mbere iri huriro riherutse guteranira mu Rwanda kuva ku wa 28-30 Nzeri 2021, abanyepolitike, ba rwiyemezamirimo n’abandi bose barebwaga n’ibi biganiro baturutse mu bihugu byombi.

    U Rwanda na Zimbabwe biherutse gusinya amasezerano y’ishoramari atandukanye yitezweho kubyarira umusaruro impande zombi

    Guverinoma ya Zimbabwe yari ihagarariwe n’abantu 15 barimo abakozi ba Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, iy’ubucuruzi n’inganda, iy’ibidukikije abakora mu bukerarugendo no kwakira abantu ndetse n’abakora mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere muri Zimbabwe, ZimTrade. Iki gihugu kandi cyari gihagarariwe n’abayobozi 70 b’ibigo by’abikorera.

    Ku ruhande rw’u Rwanda ibi biganiro byitabiriwe n’abayobozi 102 b’ibigo ndetse n’abagize Guverinoma 28.

    Umuyobozi wungirije wa RDB, Zephanie Niyonkuru, yavuze ko mu minsi ibiri y’ibi biganiro hari byinshi byagezweho.

    Harimo amasezerano atanu y’ubufatanye hasinywe hagati y’u Rwanda na Zimbabwe mu nzego z’ubukerarugendo n’ubucuruzi, ibidukikije n’imihindagurikire y’ibihe, ubufatanye hagati y’abikorera bo mu Rwanda na Zimbabwe, ubufatanye mu ikoranabuhanga n’ubufatanye mu iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.

    Yavuze ko Guverinoma zombi zameranyije ibintu bitandukanye byafasha mu kuzamura ubucuruzi n’ishoramari birimo no kuva viza imwe y’ubukerarugendo.

    Ati “Twemeranyije ko hejuru y’amasezerano y’ubufatanye twasinye tugomba gushyiraho n’ibindi bikorwa, mu byo twaganiriyeho hakaba harimo kwihutisha uburyo bwo gushyiraho viza imwe y’ubukerarugendo, ku buryo abashyitsi cyangwa ba mukerarugendo basuye kimwe muri ibi bihugu bashobora no gusura ikindi bidasabye kongera kwaka indi viza.”

    “Twanaganiriye ku buryo bw’imicungire ya za Pariki z’Igihugu no kwimura inyamaswa, twemeranya ko mu byumweru bitatu biri imbere tuzakora urutonde rw’inyamaswa ibihugu byombi bishobora guhererekanya kugira ngo twongerere imbaraga ubukerarugendo hagati y’ibihugu byombi.”

    Ku ruhande rw’abikorera nabo hari byinshi bemeranyije birimo nko kuba ikigo cyo muri Zimbabwe gikora ibijyanye n’ibikoresho byo mu nzu, Teecherz Home & Office cyemeye gutangiza ibikorwa byacyo mu Rwanda. Mu bindi bigo byagaragaje ubushake bwo gutangira gukorera mu Rwanda harimo Maka gikora ibijyanye no kuhira na ZimNyama gitunganya ibikomoka ku matungo na W2 Industries.

    Hagati y’u Rwanda na Zimbabwe harimo kilometero 2776, nibura bifata iminsi iri hagati ya 10 na 12 kugira ngo imodoka ivuye mu gihugu kimwe igere mu kindi. Ibi bituma ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi burushaho kugorana.

    Mu byaganiriweho harimo kureba ingamba zafatwa kugira ngo iyi minsi y’urugendo igabanuke binyuze mu korohereza ibyangombwa bisabwa mu bijyanye n’ubwikorezi.

    Umuyobozi wungirije wa RDB yavuze ko mu bijyanye n’ubucuruzi indi ngingo yaganiriweho ari ijyanye no gufasha abikorera kuba batangiza ibikorwa byabo mu gihugu kimwe babikuye mu kindi no kwihutisha amasezerano azabafasha kwimurira igishoro mu kindi gihugu. Harimo no kwihutisha amasezerano azabafasha kudasoreshwa kabiri igihe bakorera mu bihugu byombi.

    Zimbabwe iriteguye

    Minisitiri w’ubucuruzi n’Inganda wa Zimbawe, Dr Sekai Nzenza na we wari witabiriye iri huriro yabwiye Sunday Mail ko ibi biganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda abibona nk’amahirwe adasanzwe.

    Ati “Amahirwe ari hagati y’u Rwanda na Zimbabwe aragutse cyane, by’umwihariko mu bijyanye n’inganda ndetse no kubyaza umusaruro umutungo kamere. Twamaze kubona umusaruro w’ibiganiro mu minsi mike ishize tugomba gukora ku buryo hajyaho visa imwe hagati y’ibihugu byombi, nta mpamvu yo kugira ngo buri gihugu kigire visa. Tuzategereza Guverinoma ibyemeze.”

    Yavuze ko mu minsi mike iki gihugu kizakira itsinda ry’u Rwanda rikora mu bijyanye n’ubukerarugendo kugira ngo harebwe uko ibihugu byombi bitangira gukorana muri uru rwego.

    Umuyobozi Mukuru wa ZimTrade, Allan Majuru yavuze ko iri huriro ari amahirwe adasanzwe y’ishoramari hagati y’ibihugu byombi. Yavuze ko iri huriro ryarangiye hasinywe amasezerano afite agaciro kza miliyoni z’Amadorali.

    Yavuze ko ibimaze kugerwaho byagizwemo uruhare rukomeye na Ambasade n’Abakuru b’Ibihugu bombi.

    Ati “Kwiyemeza kw’Abakuru b’ibihugu byombi, by’umwihariko mu bijyanye no gushyiraho Ambasade muri Harere na Kigali, byatanze urubuga rukomeye rwo gukora ubucuruzi. Izi ambasade ebyiri zimaze gukora akazi gakomeye. Ibyo zabashije gukora mu myaka ibiri byashoboraga gufata imyaka itanu cyangwa irenga.”

    Majuru yavuze ko Zimbabwe yiteguye gukoresha u Rwanda nk’amarembo ayinjiza ku yandi masoko.

    Ati “Amahirwe ari hano ni menshi. Ibihugu byombi ntabwo bikora ku Nyanja ariko bihuriye ku nzira y’ubutaka. Turashaka gukoresha u Rwanda mu kwinjira muri Afurika y’i Burasirazuba. Twaherukaga Kinshasa, mu Burundi na Centrafrique.”

    Yakomeje avuga ko Abanya-Zimbabwe bashobora kubyaza umusaruro amahirwe ari mu Rwanda mu bijyanye n’ubuhinzi bw’indabo, ubukerarugendo, ubwubatsi n’uburezi.

    Imibare igaragaza ko mu 2020 Zimbabwe yari ifite abaturage barenga miliyoni 14.86 mu gihe ubwiyongere bw’abaturage bwari kuri 2,3% muri icyo gihe.

    Ubukerarugendo buri mu bigira uruhare runini mu musaruro mbumbe w’igihugu aho bugira 12%, ubuhinzi bugira uruhare rungana na 11%, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro 9%, mu gihe serivisi zigira uruhare rwa 16%. Zimbabwe ni Umunyamuryango wa SADAC, COMESA ndetse na ACP.

    Perezida Paul Kagame yitabiriye iri Huriro ry’Ubucuruzi n’Ishoramari hagati y’u Rwanda na Zimbabwe

    Iri huriro ryabaye umwanya mwiza wo gusuzuma amahirwe y’ishoramari ibihugu byafatanya kubyaza umusaruro

    Abashoramari bagize umwanya wo kungurana ibitekerezo

    Impande zombi zemeranyije gutangira gushyira mu bikorwa amasezerano zasinye

    source : https://ift.tt/3mK3aIN

  • Hari abayobozi b’amashuri bazabiryozwa: Imvano y’icyemezo cyo gusibiza abanyeshuri barenga ibihumbi 60 – #rwanda #RwOT

    Kuwa 4 Ukwakira 2021 nibwo Minisiteri y’Uburezi yashyize hanze amanota y’ibizamini bya Leta byakozwe mu mwaka w’amashuri wa 2020/2021. Iki cyemezo cyo gusubiza kireba abanyeshuri batsinze ikizamini gisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye.

    Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko abo banyeshuri batazahabwa ibigo ngo bakomeze mu byiciro bikurikira nk’uko byari bisanzwe ahubwo bazasibizwa.

    Icyemezo cyo gusibiza abataratsinze neza gishingiye ku mwanzuro wa 10 w’umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu umwaka ushize wa 2020, urebana no ‘guhagarika umuco wo kwimura abanyeshuri batatsinze hagamijwe kwimakaza ireme ry’uburezi’.

    Byitezwe ko aba banyeshuri bazafashwa gusubiramo amasomo ku bufatanye n’ibigo bari basanzwe bigaho bakazasubira mu bizamini kugira ngo bazimukire mu kindi cyiciro bamaze gutsinda ku kigero giteganywa.

    Mu kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Ukwakira 2021, Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko gufata iki cyemezo byaturutse ku bintu byinshi birimo n’uko isoko ry’umurimo ryari rimaze igihe kinini ribisaba ngo kuko bamwe mu barangizaga amashuri bagaragazaga icyuho mu bumenyi.

    Ati “Hari impamvu zabyo nyinshi, ubundi uburezi bureba igihugu ntabwo ari Minisiteri y’Uburezi cyangwa amashuri ahubwo tureba isoko ry’umurimo. Nubwo tuvuga ko aba bakiri mu mashuri abanza bakizamuka no mu cyiciro rusange ariko nibo bazamuka bakavamo abarimu dutegereje n’abandi bayobozi b’igihugu bose. Ntabwo rero twakomeza kwirengagiza icyo isoko ry’umurimo rivuga, buriya iyo bavuze ireme ry’uburezi humva byinshi ariko abakira abanyeshuri bigaragaza impungenge.”

    Yavuze ko mu mpungenge abatanga akazi ku isoko ry’umurimo bagaragazaga harimo n’uko hari n’abarangiza amashuri batazi kwandika.

    Dr Uwamariya yavuze ko hari impamvu zitandukanye zatumye Leta itinda gufata iki cyemezo cyo kujya isibiza abatsinzwe zirimo kuba ibyumba by’amashuri byari bike, nta barimu bahagije bo kubigisha ndetse no kwihanganira abanyeshuri batsindwaga kubera ko aho biga ari kure.

    Yavuze ko izi mpamvu zitandukanye zatumye Leta yorohereza abantu bose kugira ngo babashe kwiga ariko yemeza ko iki aricyo gihe cyo gusubira inyuma hagasubizwaho icyemezo cy’uko hazajya himuka uwatsinze, kuko ibyinshi muri ibi bibazo byamaze gukemurwa.

    Ati “Igihe byakozwe bagakomeza kwiga byari muri ya gahunda yo gushishikariza abantu gukomeza kwiga aho bafunguriye amarembo buri wese ngo ni agende yige. Ikindi Leta yashyize imbaraga nyinshi cyane mu mashuri nubwo bitagaragara ariko hari byinshi byakozwe, ubwo ndavuga mu bikorwa remezo. Mbere hazaga impamvu zitandukanye ugasanga amashuri ari kure y’abana bigatuma amanota aba make.”

    “Hari aho wasangaga umwana ava mu bilometero 19 ajya ku ishuri, hari igihe yashoboraga kwiga kabiri cyangwa gatatu mu cyumweru icyo gihe ariko ubu hashyizweho ibyumba by’amashuri. Umwana yaratsindwaga ukavuga ko hari icyo abura ukavuga ngo ka dukomeze tugerageze kuvuga ngo duhagararire aha ntabwo byaba ari byo.”

    Yakomeje avuga ko kugeza ubu abanyeshuri nta rwitwazo bafite rwatuma batsindwa.

    Ati “Ubu kubera kongera ibyumba by’amashuri bigabanya ingendo abana bakora, ubu bafite uburyo bwo kwiga, ni ngombwa ko dushyiramo igitsure n’ingufu kugira ngo ireme ry’uburezi rizamuke.”

    “Ntabwo ari ukuvuga ko ibyakozwe mu myaka yashize byari bibi ahubwo habagaho kureba uko abanyeshuri babasha kugera ku mashuri, ntiwari kuvuga ngo bakomeze abandi basigare kuko n’iyo basigara ntiwari kubona aho ubashyira. Ubu twitaye ku bivugwa ku ireme ry’uburezi tukareba ibikorwaremezo byashyizweho, tukareba abarimu tumaze kugira ni ngombwa ko dushyira imbaraga mu kwimakaza ireme.”

    Hari abayobozi b’amashuri bazabiryozwa

    Minisitiri w’Uburezi yavuze ko kugeza ubu Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB) cyatangiye kumanuka kijya hasi mu mirenge no mu bigo by’amashuri kugira ngo harebwe impamvu yatumye batsindwa kugeza ku rwego rwo gusibira.

    Yavuze ko muri iri genzura hazarebwa niba ababifitemo uruhare ari abanyeshuri, abarimu, ubuyobozi bw’ikigo cyangwa abashinzwe uburezi mu mirenge. Amakuru ari gukoreshwa muri iri genzura ni ayakusanyijwe mu gihe cy’imyaka itatu.

    Ati “Muri aba bana bose tugomba kureba ikibazo buri mwana afite kuko ushobora gusanga atarabonye amanota amwemerera kwimuka kubera ko habaye uburangare yabuze umwitaho.”

    “Muzatangara hari ishuri, ikigo cyose hashobora kuba haratsinze umwana umwe cyangwa babiri, hari n’amashuri uzasanga abana bose batsinze […] nujya ku kigo ugasanga abana babiri gusa nibo batsinze abandi bose basigaye, ni ukuvuga ngo ikibazo ntabwo kiri kuri rya shuri ryonyine uzahita usubira inyuma urebe.”

    Minisitiri Uwamariya yakomeje avuga ko ishuri bazasanga rifite ikibazo cyo kudatsindisha kimaze kuba karande bizaba ngombwa ko hafatwa ibindi byemezo zirimo guhindura ubuyobozi bw’ikigo n’abarimo.

    Ati “Birasaba ingamba zidasanzwe zirimo ko dushobora no guhindura ubuyobozi bw’ikigo harimo ko dushobora guhindura abarimo, harimo ko tugomba guhamagara ababyeyi tukicarana n’ubuyobozi bw’aho, tukavuga tuti ikibazo kiri aha ni ikihe? Kubera ko nta murenge utagira umukozi ushinzwe uburezi […] abo bantu bakora iki umunsi ku munsi niba ishuri rishobora kumara imyaka itatu ikurikirana nta munyeshuri uhava ubona amanota.”

    “Ibyemezo bizafatwa hashingiwe kuri buri kigo uko kimeze[…] dufate urugero dusanze ishuri ryose ryaratsinzwe, ntabwo dushobora kwemera ko umuyobozi w’ikigo ahaguma.”

    Abakoze ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza bari 251.906 barimo abakobwa 136.830 n’abahungu 115.076 naho mu cyiciro rusange bari 121.626 barimo abakobwa 66.240 n’abahungu 55.386.

    Ku bijyanye n’ibyiciro by’imitsindire (Divisions), mu mashuri abanza abaje mu cya mbere ni 14.373 bihwanye na 5,7%; mu cya kabiri 54.214 (21,5%), icya gatatu ni 75.817 (30,10%) na ho icya kane bakaba 63.326 (25,10%).

    Mu basoza Icyiciro Rusange, abatsinze bari mu cyiciro cya mbere bangana na 19.238 (15,8%); icya kabiri ni 22.576 (18,6%), icya gatatu ni 17.349 (14,3%) naho mu cyiciro cya kane harimo 45.842 (37,7%.).

    Nko mu mahuri abanza, abanyeshuri bari mu cyiciro cya mbere ni abafite kuva ku inota rya 1-16; icya kabiri kiri hagati ya 16 na 28; icya gatatu 29-34; icya kane 35-41. Abasigaye baba bari muri U (unclassified), ni bo baba batsinzwe, ni ukuvuga ko muri buri somo baba babonye inota rya 9.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko hatangiye gukorwa igenzura ku mpamvu abanyeshuri barenga ibihumbi 60 batsinzwe cyane ku rwego bafatirwa icyemezo cyo kubasibiza

    source : https://ift.tt/3uWMCAI

  • Uganda yongeye gutsinda u Rwanda mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igitego kimwe rukumbi cyabonetse muri uyu mukino cyatsinzwe na Bayo Fahad ku munota wa 22 w’umukino mu gice cya mbere, uyu akaba ari na we watsinze igitego cyabonetse mu mukino wa mbere wari wahuje aya makipe i Kigali tariki 07 Ukwakira 2021.

    U Rwanda ni urwa nyuma mu itsinda E aho rufite inota rimwe rukaba ruri kumwe na Uganda ya kabiri mu itsinda n’amanota 8, Mali ya mbere n’amanota 10 na Kenya ya gatatu ifite amanota 2, aya makipe kimwe n’andi atandukanye akaba ari mu mikino yo guhatanira itike y’Igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar mu mwaka wa 2022.

    source : https://ift.tt/2YFVM9c

  • Igitekerezo: Nta kuntu abantu bakwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga ariko hatagaragajwe nomero za telefone? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubundi nomero za telefone ni kimwe mu biranga umuntu, abantu benshi badakunda guha uwo biboneye, batabanje kumwizera ndetse no gusobanukirwa impamvu akeneye izo nomero. Hanyuma nyiri kuzitanga yakumva abyemeye akayimuha. Ndetse mu bantu b’abasirimu nta muntu utanga nomero z’undi muntu atabiherewe uburenganzira na nyirazo. Ibi bigaragaza ko ari ikintu gikomeye. Ariko kubera ihererekanya ry’amafaranga hifashishijwe ubu buryo bw’ikoranabuhanga kimwe mu ngamba zo kwirinda Covid-19, byatumye n’umuntu utari ngombwa ko abona nomero z’umuntu runaka, azibona mu buryo bworoshye.

    Iyi kandi yaje ari ingamba nk’izindi zose zo kwirinda icyorezo cya Covid-19, bivuze ko ubirenzeho ahanwa nk’undi wishe irindi bwiriza ryo kwirinda Covid-19 . N’ubwo abantu benshi bemera ko kwirinda Covid-19 ari ngombwa ariko banagaragaza ko hari aho bikemura ikibazo kimwe cyo kwirinda ndetse no kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19, ariko bakagaragaza ko gutanga nomero zabo hari aho bagiye babangamirwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi bitewe na nyiri guhabwa izo nomero.

    Hari bamwe bagiye bagaragaza ko hari igihe bishyura bakoresheje telefone zabo, hanyuma wa muntu nyuma akaza kumuhamagara amwibwira ko yabonye nomero ze, igihe yamwishyuraga, ibyo benshi bafata nko kubatesha umutwe kuko bahamagarwa kenshi kandi bajya kwishyura ibyo guhana nomero bitari biri muri gahunda. Ibi nkabiheraho nibaza niba nta buryo abahanga mu ikoranabuhanga bareba uko abantu bakomeza kwishyurana ariko bidakemura ikibazo kimwe ngo biteze ikindi.

    Iki kibazo n’ubwo akenshi umubare munini ugaragara ubangamiwe ari uw’abagore, aho bavuga ko aba babahamagara akenshi babatereta, bamwe bikaba binabaviramo ibibazo n’abo bashakanye, hari n’abagabo babigarukaho bahamagarwa n’abantu b’abatekamutwe kandi nomero zabo barazikuye muri iryo hererekanya ry’amafaranga.

    Ibi kandi bifata indi ntera aho umwe ashobora gusaba mugenzi we nomero z’umuntu runaka kuko we azi ko akunda gukorana n’uwo muntu, ku buryo babitegura akamubwira ngo nagaruka uzamubwire yishyure akoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga uzampe nomero ze, ku buryo undi na we abikorera icyo, niba yari no kwakira amafaranga mu ntoki akamubwira ko atabona ayo amugarurira cyangwa ko agomba kwishyura akurikije ingamba zo kwirinda covid-19, kugira ngo akunde abone nomero ze za telefone.

    Mu by’ukuri njyewe si ndi umuhanga mu by’ikoranabuhanga, ariko nizera ko mu Rwanda hari abahanga ndetse banifashisha n’abandi bibaye ngombwa bakareba uburyo iki kibazo cyabonerwa igisubizo, ku buryo umuntu yakomeza kwirinda Covid-19, cyane ko n’ubwo ubu imibare y’abayandura mu Rwanda iri hasi, ariko igihari. Ariko umuntu akabikora adaha nomero ze umuhisi n’umugenzi kugira ngo umutekano we ube wuzuye, ndetse yirinze impande zose.

    source : https://ift.tt/2YCaai9

  • Rulindo: Imvura ivanze n’umuyaga yangije imyaka n’inzu zisaga 127 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inzu y
    Inzu y’uwitwa Hungurimana yagurutse igisenge asigara adafite aho akinga umusaya

    Iyo mvura ivanze n’umuyaga yasambuye ibisenge by’inzu zisaga 127, yangiza inyubako ebyiri z’Ikigo nderabuzima cya Rwahi harimo ahakoreraga ishami rya mituweli n’ububiko bw’icyo kigo nderabuzima, yangiza amapoto atandatu y’amashanyarazi, imyaka yiganjemo urutoki n’indi inyuranye, mu Tugari twa Rubona, Kijabagwe, Rutonde na Muvumo mu Murenge wa Shyorongi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Kayiranga Emmanuel, yatangaje ko bikimara kuba, bihutiye kugera aho byabereye, bafatanya n’abaturage gukiza ibintu bimwe na bimwe.

    Uyu muyaga ngo wari ufite ingufu zateruraga ibisenge zikabijugunya muri metero zirenga 30 uvuye aho byari biri
    Uyu muyaga ngo wari ufite ingufu zateruraga ibisenge zikabijugunya muri metero zirenga 30 uvuye aho byari biri

    Yagize ati: “Kari akavura gake ariko karimo umuyaga mwinshi cyane. Wari umuyaga ufite ubukana, kuko n’abaturage twagerageje kuvugana na bo, batubwiye ko, ari ibintu bitari bisanzwe kuva bahatura. Byonyine no kuba ayo mapoto yari ashinze mu butaka, cyangwa se n’inyubako z’ikigo nderabuzima ubona ko zari zikomeye n’isakaro bigaragara ko ryari riziritse mu buryo bukomeye, ariko umuyaga ukarenga ukabigurukana; mu by’ukuri, byagaragaraga ko ufite imbaraga nyinshi”.

    Uyu muyobozi yakomeje ati: “Turihanganisha abaturage bagezweho n’ingaruka z’ibi biza, ariko kandi tubibutsa kuzirika amazu yabo muri iki gihe cy’imvura, kugira ngo tugabanye ibyago byo kuba yateza ingaruka”.

    Ibi biza ntawe byahitanye, ariko byakomerekeje abarimo umugabo w’imyaka 28 wo mu Kagari ka Kijabagwe n’undi mwana w’imyaka 7 wo muri ako Kagari, ndetse n’umwana w’imyaka 14 wo mu Kagari ka Rubona; bakaba bahise bajyanwa mu mavuriro atandukanye ngo bitabweho n’abaganga.

    Abayobozi bihutiye kugera ahabereye ibi biza ngo bamenye ibyangiritse
    Abayobozi bihutiye kugera ahabereye ibi biza ngo bamenye ibyangiritse

    Amazu yasambutse ibisenge bikavaho, harimo 63 yo mu Kagari ka Rutonde, 22 yo mu Kagari ka Rubona na 41 yo mu Kagari ka Kijabagwe. Ni mu gihe ubuso n’imyaka yangirikiye mu mirima y’abaturage byo byari bikibarurwa ngo hamenyekane agaciro kabyo. Abaturage bangirijwe ibyabo, barimo ababaye bacumbikiwe mu baturanyi babo.

    Hamwe na hamwe amapoto yaguye abaturage basigara mu icuraburindi
    Hamwe na hamwe amapoto yaguye abaturage basigara mu icuraburindi


    source : https://ift.tt/2YI4vYv

  • Nyamagabe: Urubyiruko rwitabiriye amarushanwa rwahembwe amafaranga ibihumbi 800 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umunyabugeni Samuel yakoze ikibumbano kibutsa abantu gukaraba intoki mu rwego rwo kwirinda Covid-19, bimuhesha igihembo cya 4
    Umunyabugeni Samuel yakoze ikibumbano kibutsa abantu gukaraba intoki mu rwego rwo kwirinda Covid-19, bimuhesha igihembo cya 4

    Abitabiriye aya marushanwa basabwe kohereza ibihangano byabo ku rubuga rwa YouTube Nyamagabe Art Council, maze tariki 8 Ukwakira 2021 baza kubigaragaza imbonankubone, ndetse batanu ba mbere barabihemberwa.

    Igihangano cya mbere cyagenewe igihembo cy’amafaranga ibihumbi 300, icya kabiri kigenerwa ibihumbi 200, icyakurikiyeho ibihumbi 120, ikindi 100 naho icya gatanu ari na cyo cyahagarariweho, kigenerwa ibihumbi 80.

    Espérance Nyirasafari w’imyaka 31, ni we wabaye uwa mbere, abikesha imbyino irimo ahavuga ngo “Ejo ni nde waba depite, ejo ni nde waba umuntu ukomeye? Have winyicira ubuzima, namenye ko ejo hanjye ari heza.”

    Esperance Nyirasafari wegukanye igihembo cya mbere cy
    Esperance Nyirasafari wegukanye igihembo cya mbere cy’amafaranga ibihumbi 300

    Yishimira igihembo yahawe, yagize ati “Abana nifashisha ngiye kubashakira udukoresho, nanjye ubwanjye nongere nsubire muri studio, nongere nyikore neza. Muri makeya kiriya gihembo bampaye ngiye kugikoresha nivugurura.”

    Ibi binavugwa n’abagize itsinda “The Generation” ryabaye irya kabiri, babikesha indirimbo irimo ibango ribuza ba abagabo bakuze bazwi nka ba ‘sugar daddy’ guhemukira abana rivuga ngo “Dore ungana na papa wakabaye undera, abo wibarutse bo turangana. Winshukashuka uvuga ko tungana, oya, oh non!”

    Abitabiriye aya marushanwa bifuza ko yajya aba kenshi, kuko kuri bo ari uburyo bwo kugira uruhare mu kubaka u Rwanda rwifuzwa.

    Nyirasafari ati “Ngiye mbona inzira yo kunyuzamo ubutumwa nk’iyi mbyamfasha kuko mu buzima ndi umwarimu w’urubyiruko. Nanjye mfite ubuhamya bw’ibyo numvise n’ibyo nabonye byakwangiza urubyiruko.”

    Abagize itsinda The Generation begukanye igihembo cy
    Abagize itsinda The Generation begukanye igihembo cy’amafaranga ibihumbi 200

    Gabriel Irakarama, umukozi w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe urubyiruko, siporo n’umuco, ari na we wateguye aya marushanwa, avuga ko bayateguye kuva mu kwezi kwa Nyakanga, ibiruhuko bigitangira, mu rwego rwo kugira ngo abanyeshuri baje mu biruhuko na bo bazayitabire, ariko no kugira ngo ubutumwa bwateguwe buzabarinde.

    Agira ati “Twayateguye kugira ngo turinde urubyiruko ruje mu biruhuko ku bw’ibishuko bahura na byo iyo ruri mu biruhuko. Ni n’uburyo bwo kubazamurira impano bafite.”

    Anavuga ko atitabiriwe uko bari babyiteze kuko ngo bari biteze ko hazitabira abagera mu 100, hakitabira 20. Atekereza kandi ko ingamba zo kwirinda Covid-19 ziri mu byabiteye.

    Gusa na none, yumva intego y’uko ubutumwa buri muri ibyo bihangano bugera kuri benshi barayigezeho kuko umurongo wa YouTube Nyamagabe Art Council babishyizeho wasuwe n’abatari bake, ku buryo hari n’indirimbo zarebwe inshuro 1200, izindi inshuro 800, gutyo gutyo.

    Irakarama anavuga ko ibihangano byashimwe bazafasha ba nyirabyo kubinononsora no kubisakaza, kandi ko amarushanwa y’ubutaha azatangira kare, agatangirira mu bigo by’amashuri aho abayatsinze bazahembwa ibikoresho by‘ishuri, hanyuma akazanakomeza mu biruhuko.


    source : https://ift.tt/3iPDNnH

  • Abarangije muri Wisdom School basabwe kwitwararika ngo batazasubira inyuma #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubu butumwa, abanyeshuri barangije muri Ishuri Wisdom School, babuhawe n’Umuyobozi waryo Nduwayesu Elie, tariki 8 Ukwakira 2021, mu gikorwa cyo gushimira abitwaye neza mu kizamini gisoza amashuri abanza.

    Mu banyeshuri 177 barangije icyiciro cy’amashuri abanza muri iri shuri, abagera kuri 27 batsinze mu cyiciro cya mbere n’amanota 5, mu gihe 82 bagize hagati y’amanota atandatu n’umunani, naho 68 bo bagize hagati y’amanota 9 na 15.

    Aguhire Mbabazi Justine, umwe mu bana b’abanyeshuri urangije amashuri abanza muri Wisdom School n’amanota atanu, avuga ko gutsinda neza kugera kuri uru rwego, abikesha gukora cyane, abifashijwemo n’abarezi n’ababyeyi be.

    Yagize ati: “Navuga ko gutsinda mbikesha abarimu bagiye badufasha mu myigire. Twakoraga imyitozo n’amasuzumabumenyi kenshi, ndetse n’igihe batwigisha, buri wese agakorera ku ntego yo gufata vuba no gusobanuza aho atumva. Hakiyongeraho n’ababyeyi bashyiragaho akabo, bakurikirana imyigire yacu, kudufasha gusubiramo amasomo no kutubonera ibyangombwa nkenerwa nk’amafaranga y’ishuri, ibikoresho by’ishuri n’ibindi bituma twitwara neza. Ibyo byose byagiye bidufasha kwitegura ibizamini bya Leta dufite umwete, ari na byo bitugejeje kuri iyi ntsinzi mubona twagize!”

    Abasoje icyiciro cy
    Abasoje icyiciro cy’amashuri abanza muri Wisdom School biyemeje gukomezanya umurava

    Uyu munyeshuri ugiye gukomereza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye muri Fawe Girls School, avuga ko ajyanyeyo intego yo gukomeza guhatana ngo azavemo uzagirira Igihugu akamaro.

    Yagize ati: “Ngiye gukomeza amasomo mfite intego yo guhatana, kandi nkirinda kwirara ngo ntazatsindwa. Ku buryo no mu kizamini kirangiza icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, nzagira amanota meza”.

    Mugenzi we witwa Izere Kenny, na we ugiye gukomeza amashuri yisumbuye muri Petit Séminaire St Jean de Nkumba, ngo azarangwa n’ishyaka mu myigire ye, azabere abandi intangarugero.

    Yagize ati: “Mfite intego yo kuba intangarugero mu bandi, yaba mu masomo abarimu tugiye gukomezanya bazajya batwigisha, imyitozo, ibizamini n’ibindi byose umunyeshuri asabwa, nzaharanira kuba mu b’imbere abandi bana bareberaho”.

    Abanyeshuri bose uko ari 27 batsinze mu cyiciro cya mbere, buri wese yashyikirijwe urupapuro rw’ishimwe (Certificate), ahabwa n’amafaranga ibihumbi 50 y’u Rwanda, y’impamba yo kumwunganira kubona ibikoresho by’ishuri, mu rwego rwo kumushyigikira mu rugendo rw’imyigire atangiye no kumushimira umuhate yagaragaje, bikamuhesha amanota meza.

    Nduwayesu Elie, Umuyobozi w’Ishuri Wisdom School, asaba abanyeshuri barangije muri iki cyiciro, gukomeza kwitwara neza, kuko urugendo mu myigire yabo rugikomeza.

    Yagize ati: “Ubwo aba banyeshuri bagiye mu kindi cyiciro cy’amasomo, ubu noneho si umwanya wo kuryama. Uyu ni wo mwanya wo gukora cyane, kuko imbere ni ho haruhije kurusha aho bavuye. Kugira ngo bizaborohere rero, ni uko bagomba gushyira imbere ubushishozi, umurava wo gukurikira ibyo abarimu babigisha, no gukomera ku muco w’imyitwarire myiza batojwe. Ibi turabasaba ngo ntibazabirengeho, hato batazisanga basubiye inyuma”.

    Abana bashyikirijwe ibihembo birimo n
    Abana bashyikirijwe ibihembo birimo n’amafaranga bishimiye ko azabunganira kubona ibikoresho byo kubafasha mu myigire yabo

    Zimwe mu ngamba Nduwayesu avuga ko iri shuri rikomeyeho, mu rwego rwo gutoza abanyeshuri gukora cyane, harimo gukorera ku mihigo; aho umwarimu akorera ku ntego yo kwigisha neza, no gutsindisha ku kigero cya 95% kandi abana yigisha, buri wese akagira amanota 65% kuzamura. Iyo mihigo mwarimu ayigirana n’ubuyobozi bw’ikigo; akanayisinya hagati ye n’abana ndetse n’ababyeyi kugira ngo igerweho.

    Nduwayesu yongeraho ko muri uyu mwaka w’amashuri ugiye gutangira, bazanashyira imbaraga cyane mu gutoza abana ubushakashatsi bushingiye ku buvumbuzi bw’ibishya, kugira ngo bibategurire kuzaba abihangira imirimo.

    Wisdom School ifite icyicaro mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, ubu ikaba ifite amashami mu Karere ka Burera, Nyabihu na Rubavu. Aho hose rihafite abanyeshuri basaga 1800.

    Mu banyeshuri 177 batsinze ibizamini bisoza amashuri abanza muri Wisdom School 27 muri bo batsinze ku rwego rwo hejuru
    Mu banyeshuri 177 batsinze ibizamini bisoza amashuri abanza muri Wisdom School 27 muri bo batsinze ku rwego rwo hejuru


    source : https://ift.tt/30etCmb

  • Abaganga 19 ba RDF barimo baravura abaturage muri Kenya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umubyeyi wo muri Kenya arimo kuvugana n
    Umubyeyi wo muri Kenya arimo kuvugana n’umusirikare wa RDF amusobanurira ubuvuzi ashaka

    Ni gahunda yiswe Civil Military Cooperation Week (CIMIC), irimo kuba ku nshuro yayo ya gatatu, irimo kubera mu gihugu cya Kenya mu Mujyi wa Nairobi i Machakos no muri Kajiado, ikaba yatangiye guhera ku wa Gatandatu tariki 09 Nzeri 2021 kugeza tariki 13 Nzeri 2021.

    Bimwe mu bikorwa bakoreramo ni nko kuvura abaturage indwara zitandukanye kandi bakabavura nta kiguzi batanze.

    Baravurwa indwara zitandukanye
    Baravurwa indwara zitandukanye

    Ingabo z’ u Rwanda (RDF) by’umwihariko, zisanzwe zizwi mu bikorwa nk’ibi zikorera Abanyarwanda buri mwaka, aho begera abaturage bagafatanya na bo mu bikorwa bitandukanye bibaganisha ku iterambere, birimo guha amashyanyarazi abatayafite, kububakira amazu, ibiraro, kubaha inka ndetse no kubavura indwara cyangwa ibikomere bitandukanye nta kiguzi.

    Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iragira iti “Tuzamure ubufatanye bw’Akarere binyuze muri serivisi duha abaturage.”

    source : https://ift.tt/3iNR00e