Tag: featured

  • Sous Lieutenant Seyoboka yakatiwe gufungwa burundu no kwamburwa uburenganzira mboneragihugu – #rwanda #RwOT

    Sous Lieutenant Seyoboka yahamijwe ibyaha birimo icya Jenoside, icy’ubufatanyacyaha mu gukora icyaha cya Jenoside ndetse n’icyaha cyo kurimbura imbaga nk’icyaha cyibasiye inyoko muntu.

    Ni ibyaha ubushinjacyaha bwavuze ko yabikoreye ahitwaga mu Kiyovu cy’abakene, kuri Saint Famille no muri Saint Paul ndetse n’ahitwaga muri CELA (Centre d’Etudes des Langues Africaines).

    Mu iburanisha, Ubushinjacyaha n’abatangabuhamya bagaragaje ko Seyoboka yishe abatutsi akanategura ibitero, yahaye imyitozo interahamwe afatanya n’interahamwe yari abereye umuyobozi kwica Abatutsi.

    Muri 2019, nibwo Urukiko rwa Gisirikare rwamukatiye gufungwa burundu anacibwa ihazabu ya miliyoni 25Frw, gusa yahise ajurira avuga ko ibyaha yahamijwe atigeze abikora ndetse ko habayeho kumwitiranya.

    Urukiko kuri uyu wa Gatanu rwavuze ko nyuma yo gusuzuma ibyagaragajwe n’impande zombi, rwasanze ubujurire bwa Sous Lieutenant Seyoboka nta shingiro bufite.

    Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwategetse ko igihano cya burundu yari yarahanishijwe kigumaho ndetse hakiyongeraho kwamburwa mu buryo buhoraho uburenganzira mboneragihugu.

    Kwamburwa uburenganzira mboneragihugu ni ugukurwa mu murimo wa Leta cyangwa ukubuzwa kuwujyamo; kubuzwa uburenganzira bwose bwerekeye politiki cyangwa bumwe umuntu afite mu gihugu, kubuzwa uburenganzira bwo kwambara impeta z’ishimwe; kutemererwa gutanga ubuhamya nk’umuhanga cyangwa nk’umutangabuhamya mu byemezo no mu manza, uretse kuba yatanga amakuru n’ibindi.

    Sous Lieutenant Seyoboka yoherejwe n’igihugu cya Canada tariki 18 Ugushyingo 2016. Yari yarahungiye muri icyo gihugu mu 1996 ahabwa sitati y’ubuhunzi.

    Uyu mugabo wabarizwaga mu itsinda ry’abasirikare barashisha intwaro ziremereye, yaje gukurirwaho sitati y’ubuhunzi bitewe n’uko nyuma byaje kugaragara ko mu myirondoro yatanze hari ibyo yagiye abeshya birimo no kuba ataravuze ko yari umusirikare ufite ipeti rya Sous-Lieutenant mu ngabo za Ex FAR.

    Seyoboka yongeye gukatirwa burundu no kwamburwa uburere mboneragihugu

    source : https://ift.tt/3rwAOFF

  • Karongi: Abacuruza imbaho babangamiwe n’icyangombwa baka buri uko babonye umukiliya – #rwanda #RwOT

    Aba bacuruzi bategetswe ko buri gihe babonye umukiliya, bagomba kumushakira icyangombwa mbere yo kumupakirira.

    Ndoreyaho Theophile, ukorera mu gakiriro ka Karongi yavuze ko bibatera igihombo kuko umukiliya ahita ajya kugurira abandi, batamusaba gutegereza ko icyangombwa kiboneka.

    Ati “Iyo tugiye kugurisha imbaho bidusaba kujya kwaka icyangombwa ku karere, cyo gutwara ibikomoka ku mashyamba. Bituma niba umukiliya aje akugana agusaba imbaho utabasha kuzimuha mbere y’iminsi ine, kuko icyangombwa cyo ku karere iyo kibonetse vuba kiboneka mu minsi itatu. Umukiriya rero ahitamo kujya kwigurira ahandi”.

    Nsabimana Japhet ucuruza imbaho mu karere ka Karongi asaba ko aka karere kakongera kagasuzuma iki kibazo, kuko mu tundi turere bahabwa icyangombwa cy’ukwezi aho kuba icy’iminsi itatu.

    Ati “Nka Rutsiro babaha icyangombwa mu buryo bworoshye. Icyo twifuza ni uko akarere ka Karongi kareba impamvu ibitera bakaba badohora”.

    Umucuruzi w’imbaho n’amakara wo mu karere ka Rutsiro witwa Fabien Havugimana n’umucuruzi w’ibikomoka ku mbaho wo mu karere ka Rulindo babwiye IGIHE ko mu turere batuyemo babaha icyangombwa cyo gupakira imbaho kimara ukwezi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Karongi Mukarutesi Vestine yabwiye IGIHE ko inama njyanama y’akarere ari yo yabyemeje.

    Yagize ati “Mbere babahaga icyangombwa cy’ukwezi cyangwa icy’amezi atatu ariko njyanama iza kwemeza bishingiye ku itegeko bisubizwa ku minsi itatu”.

    Abacuruzi b’imbaho bo muri aka karere bo bavuga ko inama njyanama y’akarere yazongera ikabyigaho, kuko kuba bahabwa icyangombwa kimara iminsi itatu abandi bahabwa ikimara ukwezi bituma abo mu karere ka Karongi batabona abakiliya.

    Abacuruzi b’imbaho mu karere ka Karongi bavuga ko kuba basabwa gusaba icyangombwa cyo gupakira imbaho buri uko babonye umukiliya bibatera igihombo

    source : https://ift.tt/3EpQiin

  • Leta yijeje abafite ubumuga ko iri kwiga kuri bimwe mu bibazo bibangamiye – #rwanda #RwOT

    Ibi babitangaje ubwo hizihizwaga Umunsi Mukuru wahariwe Abafite Ubumuga mu rwego rw’igihugu, umuhango wabereye mu Karere ka Rubavu witabirwa n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assoumpta, ari kumwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François.

    Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abafite Ubumuga, Mbabazi Olivia, yavuze ko bagifite ibibazo by’inyubako zidafite inzira zabagenewe no kuba insimburangingo zitaba ku bwishingizi mu kwivuza.

    Ati “Turacyafite imbogamizi kuko hari inyubako zicyubatse mu buryo bwa kera zitarashyirwaho inzira zifasha abafite ubumuga. Hari n’ubuvuzi aho dusanga insimburangingo zigihenze kandi zikaba zitarabasha kujya mu bwisungane mu kwivuza. Turasaba leta ko yadufasha kubona insimburangingo”.

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assoumpta, yavuze ko hari gahunda Leta yabashyiriyeho abafite ubumuga mu rwego rwo kuzamura imibereho yabo, abizeza ko n’ibindi bibazo bafite biri kwigwaho.

    Yagize ati “Abafite ubumuga batabasha gukora bari muri gahunda ya VUP aho babona inkunga y’ingoboka buri kwezi ituma babasha kubaho. Mu buvuzi ibyinshi byagezweho kuva mituweli yemera kubavuza kimwe n’abafite ubumuga bw’uruhu kuko amavuta yabo adasanzwe mituweli irayagura. Ibindi biba binahenze ni ibintu tukiganira tureba uko byazakorwa.’’

    Yanenze n’ababyeyi batererana abana bafite ubumuga abasaba, guhinduka kuko aba bana baba bakeneye kwitabwaho byihariye.

    Imibare yo mu 2012 igaragaza ko mu Rwanda hari abafite ubumuga bari hejuru y’imyaka itanu gusubiza hejuru 446.453, muri bo abagera kuri 221.150 ni ab’igitsinagabo mu gihe abandi 225 303 ari ab’igitsinagore.

    Abafite ubumuga bari babucyereye ku munsi wabagenewe

    Abafite ubumuga biyerekana mu mikino yo guterura ibiremereye

    Abafite ubumuga bakinnye umupira w’amaguru

    Abayobozi bari baje kwifatanya n’abafite ubumuga ku munsi mukuru wabahariwe

    Abakoze ibikorwa bidasanzwe bahembwe

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assoumpta, yijeje abafite ubumuga ko ibibazo bafite Leta iri kubyigaho

    source : https://ift.tt/3IfcgqK

  • Akanyamuneza ku bahize abandi muri Kaminuza ya Kigali bahembwe miliyoni eshatu na BK – #rwanda #RwOT

    Ibi bihembo babihawe kuri uyu wa 3 Ukuboza 2021 mu birori byo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 2045 barangije muri Kaminuza ya Kigali, aho batatu bahize abandi buri wese yatahanye miliyoni imwe.

    Bishimiye cyane ibihembo bahawe, kuko nubwo barushije abandi mu cyiciro cya Kabiri cya Kaminuza barangije, ngo ntibari bazi ko bari buhabwe miliyoni nk’igihembo.

    Sinamenye Jean Bosco wabaye uwa mbere yagize ati “Igihembo nahawe na BK nacyishimiye cyane, ni banki nsanzwe nkunda noneho bibaye agahebuzo bampamagaye bantunguza miliyoni. Ntabwo ari amafaranga yo kurya ahubwo ngiye kuyibyaza umusaruro nk’umuntu wize icungamutungo.”

    Ishimwe Francoise wabaye uwa kabiri yavuze ko ari ubwa mbere atunze miliyoni kuva yabaho.

    Ati “Ntabwo nabitekerezaga ko nahabwa miliyoni, ni amafaranga menshi sinatinya no kukubwira ko ari ubwa mbere nyitunze. Ntabwo nari nsanzwe ngira konte muri BK ariko ubu njyiye kuba umukiliya wayo.”

    Uwegukanye umwanya wa gatatu, Manirikiza Eric, yagize ati “Ibyishimo BK inteye sinabisobanura ndishimye cyane, nzaba umugabo wo guhamya ibyiza byayo. Aya mafaranga ngiye kuyakoresha mu gukomeza amashuri yanjye, nkomeze niyungure ubumenyi kuko nubundi nayahawe kuko nize neza.”

    Banki ya Kigali izashyira aya mafaranga kuri konti zo kwizigamira z’aba banyeshuri mu rwego rwo gukomeza kubashishikariza kwimakaza umuco wo kudasesagura amafaranga.

    Umuyobozi ushinzwe Imenyekanishabikorwa muri Banki ya Kigali, Audrey Kazera, yavuze ko gutanga ibi bihembo ku banyeshuri ari kimwe mu bikorwa iyi banki ikora kugira ngo iteze imbere uburezi.

    Ati “Uburezi ni imwe mu nkingi dufite mu bikorwa dukora byo gufasha sosiyete, twishimiye gutanga ibi bihembo kuri aba banyeshuri batatu kugira ngo tubatere imbaraga kuko bakoze neza. Turabashishikariza kwizigamira kugira ngo ejo habo hazabe heza.”

    Si ubwa mbere iyi banki itanze ibi bihembo ku banyeshuri barangije Kaminuza bitwaye neza, kuko iheruka no kubiha batatu ba mbere basoje amasomo muri Kaminuza ya AUCA mu Ugushyingo 2021, aho ivuga ko izakomeza guteza imbere uburezi.

    Uretse ibi bihembo, Banki ya Kigali isanzwe itera inkunga indi mushinga y’uburezi. Yagiranye ubufatanye bw’imyaka 5 na Agahozo Shalom village aho izajya itanga miliyoni 300 ku mwaka yo gufasha abiga muri iki kigo.

    Yagiranye kandi amasezerano y’imyaka 3 n’Ikigega cyo mu Bwongereza gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga, FCDO, muri Porogaramu ya Chevening ikazajya itanga ibihumbi 36 by’amapawundi buri mwaka yo kwishyurira umunyeshuri wabonye buruse binyuze muri iyi porogaramu.

    Sinamenye Jean Bosco wabaye uwa mbere yavuze ko amafaranga yahawe agiye kuyakoresha ayabyaza umusaruro

    Sinamenye yavuze ko Banki ya Kigali ikomeje kwerekana ko intego zayo koko ari uguhindurira ubuzima abayigana

    Ishimwe Francoise wabaye uwa kabiri yavuze ko ari ubwa mbere atunze miliyoni kuva yabaho

    Ishimwe yiyemeje guhita aba umukiliya wa Banki ya Kigali

    Uwegukanye umwanya wa gatatu, Manirikiza yavuze ko agiye gukomeza amasomo ye abifashijwemo n’amafaranga yahembwe

    Sinamenye Jean Bosco akanyamuneza kari kose

    Ishimwe yatunguwe no guhembwa miliyoni, amafaranga ya mbere menshi atunze mu buzima

    Manirikiza Eric yishimiye amafaranga yahawe na Banki ya Kigali

    Aba banyeshuri biyemeje gukoresha amafaranga bahembwe na Banki ya Kigali mu kwiteza imbere

    source : https://ift.tt/3ECCYrj

  • Uruhare rw’abana ruracyari ruke muri gahunda zigamije kubateza imbere – #rwanda #RwOT

    Gutegura ahazaza h’umwana bikorwa hubahirizwa uburenganzira bwe bwo kubaho, kwiga, kurya, gukina, kwishima, kwivuza no kumurinda ibyamuhutaza.

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana UNICEF, rigaragaza ko nubwo u Rwanda rugenda rwongera ingingo y’imari y’ibikorwa bigamije kurengera umwana hakiri icyuho.

    Byatangajwe kuri uyu wa Kane mu biganiro byabereye muri Serena Hotel ku guhereza abana ijambo mu bibakorerwa.

    U Rwanda ruteganya ko mu bikorwa bigenerwa abana mu ngengo y’imari ya 2021/2022 ruzakoresha Miliyari 1035 Frw.

    Nubwo hatangwa ingengo y’imari igaragara ariko UNICEF igaragaza ko mu bushakashatsi bukorwa ishyirwa mu bikorwa ryabo ari ingorabahizi, bikaba n’intandaro y’urusobe rw’ibibazo byugarije abana.

    Umuyobozi Mukuru wungirije mu Kigo gishinzwe kurinda no kurengera abana (NCDA), Munyemana Gilbert, yavuze ko hagiye gushyirwa imbaraga mu ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga irengera umwana.

    Ati “Nkuko n’abana babisabye, hakenewe ikurikiranwa ry’ibikorwa ku rwego rwo hasi ku buryo bya bibazo biri mu mirenge no mu masibo nabyo bikurikiranwa kandi tuzakomeza gukorana n’ubuyobozi ibitekerezo by’abana bijye bigarukwaho mu nama.”

    Yagaragaje ko abana bahabwa urubuga mu gutanga ibikerezo ku bibakorerwa, binyuze mu nama nkuru y’igihugu y’abana.

    Umuhuzabikorwa w’Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda Cladho, Murwanashyaka Evariste, yavuze ko kuba gukurikirana ibibazo abana bafite bitagera ku rwego rwo hasi, bituma hari ibibazo bahura nabyo bitamenyekana.

    Ati “Uruhare ruhabwa abana mu bibakorerwa ntiruragera ku rwego rwifuzwa. Ibi bituma ibibazo byo gusambanya abana bikomeza kwiyongera, kugwingira, abana bo mu muhanda n’ibindi.”

    Yagaragaje ko ibibazo bicyugarije abana bizakemurwa no kubashyira muri gahunda zo kubirwanywa ndetse no kurushaho gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga igamije kurengera umwana.

    Umuyobozi w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye Dr Fodé Ndiaye yasabye ko mu rwego rwo guteza imbere abana ibihugu n’imiryango byabaha ubwisanzure ubwabo bakavuga ibyo bakeneye

    Kugeza ubu mu ngengo y’imari ya leta, Uburezi bwa bana bugenewe miliyari 442, 6 Frw, imibereho myiza igenewe miliyari 47,8 Frw, ubuvuzi hazakoreshwa miliyari 377 Frw.

    Ishyirwa mu bikorwa by’imishinga iteza imbere abana ryagaragajwe nk’inzitizi zo gukemura ibibazo bikibugarije

    source : https://ift.tt/3rAbxuy

  • U Rwanda ruhagaze rute mu kugenzura imiti yica udukoko yinjira mu gihugu? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inkuru dukesha Ikinyamakuru ‘The New Times’ Ivuga ko ibyo izo mpuguke zivuga, buri mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano ya yiswe ‘Rotterdam convention’, yasinywe mu 1998 agatangira gushyirwa mu bikorwa mu 2004, agamije gushishikariza ibihugu byayasinye kugira inshingano zihuriweho ku bijyanye no kurwanya imiti yakwinjira mu bihugu itujuje ubuziranenge.

    Ayo masezerano kandi,asaba ibihugu guhanahana amakuru no gusaba abohereza imiti hanze y’ibihugu byabo (exporters), kuyipfunyika neza no kuyishyiraho inyandiko zisobanurira abazayigura uko ikoreshwa, n’uburyo butemewe kuyikoreshamo.

    Ibihugu byasinye ayo masezerano, ni byo bifata umwanzuro wo kwemerera iyo miti iri ku rutonde ruri muri ayo masezerano, kandi n’ibihugu byohereza imiti ku masoko yo hanze, bigomba kugenzura neza ko abakora imiti babituyemo, bubahiriza ibikubiye muri ayo masezerano.

    Kuva ku itariki u Rwanda rwasinyeho ayo masezerano, rwabwiye ubunyamabanga bw’iyo ‘Rotterdam Convetion’ icyemezo cya nyuma rwafashe ku miti itandukanye yica udukoko mu myaka. Ikindi kandi, ubu ngo u Rwanda rwamaze gutora iteka rya Minisitiri ribuza imiti yica udukoko mu myaka na ‘industrial chemicals’ bigera kuri 87, ubu bikaba bitemerewe kwinjira mu gihugu.

    Safari Evariste, Umuyobozi wa ‘Rwanda Agriculture Inputs Dealers Association (RAIDA)’ akaba n’umuyobozi w’ianam y’ubutegetsi ya ‘Agro-chemical Advisory Council Members’ yabwiye ikitwa ‘Doing Business ‘ ko nubwo hari imiti yica udukoko mu myaka itemewe, ariko ngo hashobora kuba hari imwe muri iyo miti ibijijwe yinjira mu gihugu ku buryo bwa magendu.

    Yagize ati “ Hari amategeko agenga imiti iterwa mu myaka itumizwa mu mahanga iza mu Rwanda, ariko haracyari imbogamizi. Ero, hakenewe amahugurwa agamije kubaka ubushobozi bw’abagenzura iyo miti ku masoko yo mu gihugu . Ikibazo cy’imiti yinjira mu gihugu itemewe cyangwa se yararengeje igihe, nacyo kizakemuka”.

    “ Hari bamwe mu bakera mu bijyanye n’iyo miti (dealers ) bakizana imiti itemewe mu gihugu cyangwa se bagacuruza iyarengeje igihe”.

    Safari yavuze ko imiti itemewe cyangwa yarengeje igihe, iteza ikibazo ibidukikije, kandi icyo kibazo gikwye gukemurwa vuba na bwangu.

    Yagize ati, “’Dealers’ bagom,ba gukora ibijyanye n’impushya bahawe zo kwinjiza iyo miyi mu gihugu. Kandi abahinzi n’abakora muri ubwo bucuruzi bw’imiti ikoreshwa mu myaka ‘dealers’, cyane cyane abaturiye imipaka, ngo hari ubwo binjiza imiti ikoreshwa mu myaka utemewe muri Leta.

    Akampaye Beata , umukozi w’Ikigo cy’igihugu cy’ibidukikije ‘REMA’ yavuze ko hari ikibazo cy’imiti yo mu myaka itemewe ikigaragara.

    Yagize ati “ Turimo gukorana na Minisiteri y’ubuhinzi, Ikigo cy’ubugenzuzi mu Rwanda(Rwanda Inspectorate), Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe kurengera umuguzi, kugira ngo tugenzure ko nta miti itemewe icuruzwa ku masoko . Ubwo bugenzuzi tubukorana n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ndetse n’ibindi bigo kugira ngo dyshobore gutahura abacuruza iyo miti ikoreshwa mu myaka itemewe”.

    “ Ubu turimo gukor aku buryo, haboneka za ‘centres’ mu gihugu aho twajya dushyira iyo miti itemewe dufatana ‘dealers’ mu gihe turi mu igenzura”.

    source : https://ift.tt/3Gdgq0t

  • Perezida wa Amerika Joe Biden asanga nta Guma mu Rugo ikenewe kubera Virusi ya Omicron #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa mbere tariki 29 Ugushyingo 2021, Perezida Biden yavuze ko Virusi ya ‘Omicron’ ihangayikishije ariko atari impamvu yo gutuma abantu bagira ubwoba. Ibyo yabitangaje nyuma y’umunsi umwe iyo Virusi igaragaye mu Majyruguru y’Amerika.

    Yavuze ko atabona ko ubu hakenewe kuba bashyirwaho gahunda ya guma mu rugo, mu gihe abantu bikingije kandi bagakomeza kwambara agapfukamunwa.

    Hari abantu bamaze kwandura iyo virusi ya ‘Omicron’ bagaragaye muri Canada, kandi kugeza ubu, ngo Amerika yamaze guhagarika ingendo ziva cyangwa zijya mu bihugu umunani by’Afurika.

    Hari kandi Minisitiri w’Ubuzima wa Afurika y’Epfo, aho iyo Virusi yagaragaye bwa mbere, we uvuga ko nubwo umubare w’abandura iyo Virusi nshya ya ‘Omicron’ ariko ko ” nta mpamvu n’imwe yo kugira ubwoba”.

    Minisitiri Joe Phaahla,yagize ati ” Aha twigeze kuhagera mbere ,” ibyo ngo akaba yibutsaga virusi ya ‘Beta’ nayo yagaragaye muri Afurika y’Epfo mu Kwezi k’Ukuboza 2020.

    Ibyo Minisitiri w’Ubuzima wa Afurika y’Epfo yavuze nyuma y’uko ibihugu bitari bicye, byafashe umwanzuro wo guhagarika ingendo zigana n’iziva muri Afurika y’Amajyepfo na Afurika y’Epfo irimo, ariko Afurika y’Epfo yahise yamagana uwo mwanzuro isaba ko wavaho.

    Ku rundi ruhande ariko, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko iyo virusi nshya ‘Omicron’ ari virusi iteye impungenge kuko ngo yandura cyane kurusha izindi, kandi ko hari ibyago byinshi by’uko uwayanduye aba ashobora kongera kuyandura ugereranyije n’uko bimeze ku zindi virusi zatambutse.

    source : https://ift.tt/3lw7pYk

  • Mu Rwanda hatangijwe umupira w’amaguru w’abagore bafite ubumuga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite ubumuga mu Rwanda (NPC Rwanda) ifatanyije na Komite Mpuzamahanga y’Umuryango Utabara Imbabare (ICRC), batangije umupira w’amaguru w’abagore bafite ubumuga.

    Byari ibyishimo ku bakinnyi ubwo hatangizwaga uyu mukino
    Byari ibyishimo ku bakinnyi ubwo hatangizwaga uyu mukino

    Uyu muhango wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo abahagarariye Minisiteri ya Siporo, ICRC, NPC Rwanda na Komite Olempike Mpuzamahanga. Ni ibirorori byabanjirijwe n’imikino ya gicuti y’abagabo aho Musanze yatsinze Nyarugenge ibitego 2-1.

    Imikino yatangirijwe ku kibuga cya Kimisagara
    Imikino yatangirijwe ku kibuga cya Kimisagara

    Mu gutangiza umukino w’abagore ku mugaragaro, Musanze yatsinze Nyarugenge kuri penaliti 4-0 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 15

    Perezida wa NPC Rwanda, Murema Jean Baptiste, yavuze ko bishimishije kuba hatangijwe umupira w’amaguru ku bagore bafite ubumuga kuko harimo icyuho ugereranyije na basaza babo.

    Ati “Twari dusanzwe dufite ikibazo cy’imikino y’abagore n’abakobwa mu bantu bafite ubumuga, kuba habaye iki gikorwa cyo kumurika ikipe yabo mu mupira w’amaguru biratwereka ko turi kujya imbere.”

    Abajijwe niba na bo bazashyirirwaho Shampiyona nk’uko bimeze mu bagabo, uyu muyobozi yavuze ko bagiye gushishikariza amakipe y’uturere y’abafite ubumuga kugira n’ay’abagore.

    Ati “Tugomba gutangira kureba uko amakipe y’uturere ya Amputee Football na yo yagira amakipe y’abagore, icyo ni cyo cya mbere, noneho na bo bagatangira gukina Shampiyona y’Igihugu ku buryo tugera ku rwego rwo gukina imikino mpuzamahanga.”

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubugororangingo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri ICRC, Subhash Sinha, yavuze ko bazakomeza gukorana na NPC Rwanda kugira ngo bashyigikire imikino y’abafite ubumuga binyuze no mu gutegura amahugurwa yo kubongerera ubumenyi guhera mu mwaka utaha.

    Ati “Twishimiye gutangiza uyu mukino kuko birerekana ko abagore bafite ubumuga batasigaye inyuma. Dukorana na NPC Rwanda mu mikino itatu kandi tuzakomeza gufatanya kugira ngo tuyiteze imbere.”

    Abakinnyi ba Musanze nyuma yo gutsinda Nyarugenge ku mukino wabo wa mbere
    Abakinnyi ba Musanze nyuma yo gutsinda Nyarugenge ku mukino wabo wa mbere

    Kapiteni wa Musanze, Niyoyita Faina, yavuze ko bishimiye kuba na bo bagiye kujya bakina “Amputee Football” kuko hari abajyaga bibwira ko ntacyo bashoboye.

    Ati “Ni ubwa mbere tugiye muri uyu mukino, twajyaga tubona abandi bawukina tukumva ko natwe twagerageza. Twishatsemo ubushobozi twumva ko natwe twawushobora. Twishimira ko natwe twabashije kuwinjiramo kuko hari abumvaga ko ntacyo dushoboye, ariko turashoboye. Tugiye kurushaho kwitoza.”


    source : https://ift.tt/3xNqo5O