Tag: featured

  • Isubyo mu muhate w’amahanga wo kugeza mu butabera abakekwaho jenoside barimo Maj. Mpiranya – #rwanda #RwOT

    Uheruka koherezwa mu Rwanda ni Rurangwa Oswald wahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’Inkiko Gacaca. Yoherejwe mu Rwanda nyuma yo kwirukanwa ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Ubushinjacyaha buvuga ko Rurangwa yagaragaye mu bikorwa byinshi muri Jenoside, aho yagiye mu nama n’ibitero byaguyemo Abatutsi.

    Yahamijwe ibyaha birimo ibya Jenoside, ubufatanyacyaha mu cyaha cya Jenoside, gukangurira abantu gukora Jenoside, kwica, icyaha cyibasiye inyokomuntu n’ibindi yakoze nk’uwari uhagarariye Interahamwe muri Segiteri ya Gisozi.

    Rurangwa yagejejwe mu Rwanda nyuma y’abandi barimo Venant Rutunga woherejwe n’ubutabera bw’u Buholandi muri Nyakanga 2021. Uyu mugabo akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bivugwa ko yakoreye mu yahoze ari Perefegitura ya Butare.

    Rutunga yaje asanga abandi bagiye bohererezwa ubutabera bw’u Rwanda mu bihe bitandukanye barimo Munyenyezi Béatrice washyikirijwe u Rwanda muri Mata 2021.

    Uyu mugore na we woherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika akurikiranyweho ibyaha birindwi birimo bitanu bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 na bibiri byibasiye inyokomuntu.

    Uretse aba harimo n’abo ibihugu by’amahanga byagiye bifata ariko bigahitamo kubaburanisha, urugero ni nka Félicien Kabuga.

    Gufata Mpiranya biracyari agatereranzamba

    Nubwo amahanga akomeje gukora ibishoboka byose ngo abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagezwe imbere y’ubutabera, umuntu yavuga ko hakiri icyuho kinini kuko ubushinjacyaha bumaze kohereza mu mahanga inyandiko 1146 zisaba itabwa muri yombi ry’abagize uruhare muri Jenoside babyihishamo, mu gihe abamaze koherezwa mu gihugu ari 27.

    Muri aba bantu bataragezwa imbere y’ubutabera harimo na Protais Mpiranya, ufatwa nk’umwe mu bacurabwenge ba Jenoside.

    Mpiranya w’imyaka 60 y’amavuko, yahoze akuriye umutwe w’abasirikare barindaga Perezida Juvénal Habyarimana, akaba akekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ku batazi neza Mpiranya, uyu mugabo yavukiye mu yahoze ari Komini Giciye, Perefegitura ya Gisenyi mu 1960, ubu ni mu Karere ka Nyabihu.

    Yize amashuri abanza muri aka gace avukamo, akomereza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye ku Kigo cya Shyira, arangiriza ayisumbuye mu Ishuri rya Byimana.

    Mu 1979 ni bwo yinjiye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare (ESM) afite imyaka 19 arirangizamo mu 1983 afite ipeti rya “Sous-Lieutenant”, ari na bwo yahise yoherezwa gukora muri Jandarumori.

    Yakoze imyitozo n’amahugurwa bitandukanye, yaba ayo mu Budage, mu Bufaransa n’ahandi ndetse agenda ahabwa inshingano zinyuranye kugeza mu 1991 ubwo yimurirwaga mu itsinda ry’abasirikare barinda Perezida.

    Icyo gihe iryo tsinda ryayoborwaga na Lt-Col. BEM Nkundiye Léonard, gusa biza kurangira mu 1993, Mpiranya amusimbuye kuri uwo mwanya.

    Muri Jenoside yakorewe Abatutsi ni we wari uyoboye iryo tsinda ry’abasirikare barindaga Perezida ryahise rifata ubuyobozi nyuma y’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana tariki ya 6 Mata 1994.

    Bimwe mu byo Mpiranya ashinjwa hamwe na bagenzi be ni ubwicanyi ndengakamere bakoreye abanyepolitiki bakomeye batavugaga rumwe na Leta mpotozi.

    Abanyeporitiki bahise bicwa harimo Uwilingiyimana Agathe wari Minisitiri w’Intebe hamwe n’abasirikare 10 b’Ababiligi bamurindaga bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

    Bishwe mu masaha make nyuma y’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, igitero cyabishe kikaba cyari kiyobowe na Mpiranya ubwe, nk’uko byagiye bigaragazwa na raporo zitandukanye.

    Mpiranya by’umwihariko aza ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’abantu bashakishwaga kurusha abandi kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Inyuma ya Félicien Kabuga wafatiwe mu Bufaransa muri Gicurasi 2020.

    Bombi bari barashyiriweho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishimwe rya miliyoni 5$ (akabakaba miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda ), ku muntu wese ushobora gutanga amakuru aganisha ku itabwa muri yombi ryabo.

    Mpiranya afatwa nk’umwe mu bantu batatu batorotse ubutabera mpuzamahanga igihe kinini hamwe na Kabuga ndetse na Bizimana Augustin, biherutse gutahurwa ko yapfuye muri Kanama 2000, aguye mu gace ka Pointe Noire muri Repubulika ya Congo-Brazaville.

    Uretse uruhare yagize mu ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Mpiranya ni umwe mu bagize uruhare mu inozwa ry’uyu mugambi.

    Colonel Bagosora uherutse kugwa muri gereza, akimara gusubira i Kigali avuye Arusha no gutangaza ko agiye gutegura imperuka ku wa 9 Mutarama 1993, yakoresheje inama zitandukanye na bagenzi be b‘intagondwa, barimo abasirikare bakuru nka Colonel Dr Laurent Baransaritse wayoboraga ibitaro bya gisirikare bya Kanombe na Lieutenant Colonel Anatole Nsengiyumva wayoboraga ingabo muri Gisenyi.

    Iyi nama yanitabiriwe na Maj. Protais Mpiranya, Maj. Aloys Ntabakuze wayoboraga batayo parakomando, bose bishyize hamwe bashinga Ishyirahamwe ry’abicanyi mu ngabo z’u Rwanda baryita ’Amasasu’.

    Iri shyirahamwe ryayoborwaga na Bagosora ryabaye ku isonga yo gukwiza ingengabitekerezo ya jenoside mu ngabo z’u Rwanda no gukangurira abasirikare kutazemera kubana n’Inkotanyi, ahubwo bakitegura kurimbura Abatutsi kuko ngo bari ibyitso by’Inkotanyi.

    Nyuma y’imyaka myinshi Leta ya Zimbabwe ihakana ko icumbikiye Mpiranya, muri Nzeri 2012 ni bwo yeruye yemeza ko ashobora kuba yihishe muri icyo gihugu.

    Bivugwa ko yahinduye imyirondoro ye ku buryo akoresha amazina atandukanye arimo Theophase Mahuku na James Kakule.

    Hari amakuru yagaragaje ko izina Kakule James ari ryo ryanditswe kuri Pasiporo No B 0511266 yahawe na Uganda mu mwaka wa 2005 ifite igihe k’imyaka 10.

    Icyo gihe byatangajwe ko Mpiranya yakoranaga n’abacuruzi bakomeye muri Zimbabwe n’umutwe wa FDLR yabereye umujyanama igihe kinini, ari na bo bamufashaga no gukorera ingendo mu bindi bihugu bya Afurika.

    Mpiranya akurikiranweho gutegura no gukora Jenoside, ubufatanyacyaha mu gushyira mu bikorwa Jenoside, ibyaha byibasiye inyoko muntu n’ibindi byaha by’intambara, gusa kugeza ubu ntarashyikirizwa ubutabera.

    Maj Mpiranya Protais aracyashakishwa kugira ngo aryozwe ibyaha yakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    source : https://ift.tt/3mTXsnL

  • Amajyaruguru: Bitabiriye ari benshi gufata urukingo rwa COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bahawe urukingo rwa AstraZeneca
    Bahawe urukingo rwa AstraZeneca

    Ni mu gihe uturere nka Musanze, Burera na Gicumbi ari rwo twahawe inkingo nyinshi, aho buri karere kahawe izisaga ibihumbi 58, mu gihe Rulindo na Gakenke, buri karere kahawe izibarirwa mu bihumbi bine.

    Impamvu uturere twa Gicumbi na Burera twahawe inkingo nyinshi ngo ni uko twegereye umupaka, Akarere ka Musanze na ko kakaba kahawe inkingo nyinshi kubera ko ngo kakira ba mukerarugendo benshi.

    Ubwo Kigali Today yageraga kuri Sitade Ubworoherane no mu bigo nderabuzima binyuranye mu Karere ka Musanze, hari imbaga y’abaturage mu byiciro binyuranye bari baje gufata urukingo, ku buryo Sitade Ubworoherane yari yakubise yuzuye, Urubyiruko rw’abakorerabushake n’izindi nzego bakora akazi gakomeye mu kubafasha guhana intera hirindwa COVID-19.

    Bashyizwe ku murongo birinda ko hari abaza nyuma bagashaka gutanga abandi
    Bashyizwe ku murongo birinda ko hari abaza nyuma bagashaka gutanga abandi

    Abo baturage, bavuga ko barenze imyumvire bari bafite, ubwo inkingo za mbere zageraga mu Rwanda bakagira ugushidikanya.

    Umwe mu bari baje gufata urukingo ati “Twamenye neza ko urukingo ari ubuzima, iki cyorezo cyadukozeho bihagije, ntiwakumva ko bazanye urukingo ngo ucikanwe, mbere twari dufite imyumvire ko urwo rukingo rwatugiraho ingaruka, ariko twagiye tujijukirwa ibyarwo”.

    Undi ati “Urukingo nduhawe ndukeneye kuko COVID-19 yaratwigishije. Turashimira Leta ikomeje kudushakira inkingo nyinshi, umunsi abantu bose bazaba bakingiwe COVID-19, ntizabona aho imenera kuko tuzaba dufite ubudahangarwa duhangane na yo”.

    Dr Mpezamihigo Noel, Umuhuzabikorwa wa gahunda zo kurwanya COVID-19 mu Karere ka Musanze, yashimiye abaturage uburyo bamaze gusobanukirwa neza ububi bw’icyorezo cya COVID-19, bitabira gahunda yo guhabwa urukingo, avuga ko inkingo ibihumbi 58,400 Akarere ka Musanze kakiriye zizafasha umubare munini w’abaturage.

    Abaganga bari biteguye kwakira abaturage babagana
    Abaganga bari biteguye kwakira abaturage babagana

    Yavuze ko ubwiyongere bw’abaturage bamaze gufata inkingo, bukomeje kugabanya umubare w’abandura COVID-19 muri ako karere ku buryo bugaragara.

    Ati “Nk’ubu ejobundi mu Karere kose, twapimye abantu barenga ibihumbi bibiri dusanga abanduye COVID-19 ari batanu gusa, ubwandu bw’abantu batanu mu bihumbi bibiri twapimye, birerekana ko ubwandu buri kugabanuka, kuko mu minsi ishize mu bitaro twari dufite abarwayi ba COVID-19 bagera kuri 40, ariko uyu munsi dufite batanu gusa kandi batarembye cyane. Icyizere kirahari, izi ngamba zo gukingira ziragabanya ubwandu bwa COVID-19 cyane”.

    Dr Mpezamihigo, arasaba abaturage kwirinda kwirara bumva ko kuba ubwandu bugabanuka, cyangwa se kuba bari gukingirwa bivuze ko COVID-19 yarangiye, abibutsa ko igihari kandi icyica, ari na ho ahera abasaba kwirinda, bakurikiza ingamba bahawe zo kuyirinda.

    Abaturage bose barengeje imyaka 30 bakaba basabwa kugana ibigo nderabuzima bibegereye, mu rwego rwo kudacikanwa n’urwo rukingo rwa COVID-19.

    Abakingiwe ni abarengeje imyaka 30, bari bitabiriye ari benshi
    Abakingiwe ni abarengeje imyaka 30, bari bitabiriye ari benshi


    source : https://ift.tt/3v5TY5c

  • Ba ‘Mutima w’urugo’ muri Kicukiro bambariye kurwanya Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagore muri Kicukiro bakora umukino w
    Abagore muri Kicukiro bakora umukino w’uburyo bazarwanya Covid-19 muri karitiye iwabo

    Abo bagore bavuga ko iyo gahunda bazayibangikanya n’ibyo basanzwe bakora buri munsi, mu rwego rwo gufasha Umurenge wabo kuzatsinda amarushanwa yo kurwanya Covid-19, yitabiriwe n’imirenge igize Umujyi wa Kigali.

    Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Kicukiro, Twayigize Marie-Jeanne, avuga ko bambaye ama ‘jilets’ kugira ngo bajye bajya mu muganda no mu mashuri kwibutsa abamaze kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo.

    Twayigize yagize ati “Abantu benshi bazi ko Covid-19 yarangiye, muri ino minsi barimo kugaragaza kwirara kandi iyo twiraye ni bwo igaruka. Ba mutima w’urugo nk’abafite umuryango mu biganza byacu, twiyemeje kwibutsa abantu ibyo bagomba gukora”.

    Nyirakanani Immaculée ucuruza mu isoko rya Kicukiro, na we avuga ko bazafatanya n’Urubyiruko rw’Abakorerabushake gusaba abantu guhana intera, gukaraba intoki, kwambara agapfukamunwa neza no kwirinda guhoberana cyangwa guhana ibiganza.

    Bambaye amajile bazakoresha mu bukangurambaga
    Bambaye amajile bazakoresha mu bukangurambaga

    Umunyambanaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kicukiro, Mukandahiro Hydayat, avuga ko ba mutima w’Urugo bagomba no kuzenguruka mu masibo yose agize uwo murenge, bagenzura uko ingamba zo kurwanya Covid-19 zubahirizwa.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, na we asaba ko ahahurira abantu benshi hose ubu ari bwo hakeneye abafashamyumvire mu kurwanya Covid-19, kugira ngo imibare y’abandura itongera kuzamuka.

    Umutesi akomeza agira ati “Indi gahunda yo kurwanya Covid-19 mu buryo burambye ni iyo kwikingiza”.

    Umutesi avuga ko agendeye ku mibare ikomeje kugabanuka y’abandura n’abahitanwa na Covid-19, ngo hari icyizere ko ingamba zizashyirwaho ubutaha zishobora kugira ibindi zidohora ndetse n’amasaha yo kugera mu rugo akigizwa inyuma.

    Umutesi Solange abaganiriza
    Umutesi Solange abaganiriza

    Abacururiza mu masoko atandukanye by’umwihariko muri Kicukiro bavuga ko bazarushaho gukora bunguka mu gihe bazaba bemerewe gukorera mu isoko bose icyarimwe, hatabayeho guhana ibihe bituma bakora iminsi itarenga 15 mu kwezi.


    source : https://ift.tt/3BEiBIG

  • Ndi Umunyarwanda: inkingi y’uburere buboneye mu muryango #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Prof. Jeannette Bayisenge, Minisitiri w
    Prof. Jeannette Bayisenge, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) ni we dukesha iyi nyandiko

    Umwana aremerwa kandi akarererwa mu muryango, agatozwa indangagaciro z’umuco Nyarwanda zo gukunda igihugu n’umurimo, ubumwe n’ubupfura nk’ipfundo rikubiyemo imico myiza iranga Umunyarwanda wese (ubunyangamugayo, ubudahemuka, kwiyubaha no kubaha abandi, kwicisha bugufi, kuba umwizerwa n’umunyakuri).

    Hari byinshi byakomye mu nkokora imibereho n’imibanire y’Abanyarwanda, harimo ubukoloni, politiki yakurikiye ubwigenge yaranzwe no guca ibice mu Banyarwanda, byatugejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; yagize ubukana ndengakamere mu gusenya imibanire y’Abanyarwanda muri rusange, ndetse n’iy’abagize umuryango by’umwihariko.

    Inzira ndende yo kongera kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda yasabye ko Abanyarwanda twese tubigiramo uruhare, tugaruka ku ndangagaciro z’umuco wacu. Ni uko Igitekerezo-Ngenga cya ‘Ndi Umunyarwanda’ cyavutse kandi giha Umunyarwanda kongera kubaka ihame ry’Ubunyarwanda, ashingiye cyane mu kwibona no kwiyumva nk’Umunyarwanda mbere y’ibindi byose, kubana nta rwicyekwe no gushyira inyungu rusange n’iz’igihugu mbere y’inyungu bwite.

    Mu Kinyarwanda, twemera ko “Ntawe utanga icyo adafite”. Ni ngombwa ko abagize umuryango cyane cyane ababyeyi bahuriza hamwe, bakisuzuma, bakaganira ku bikomere no ku mateka yacu n’uburyo adakwiye kuba imbogamizi mu gutanga uburere buboneye ku bana b’u Rwanda.

    Uburere buboneye ni uburyo bwo kurera umwana hagamijwe imikurire ye ikwiye no kubasha kumufasha ku myitwarire ye mu buryo bumwubaka kandi bumufitiye akamaro. Imwe mu nzira ikoreshwa kugira ngo ubwo burere bugerweho ni ukurema ubushobozi mu mwana bwo kubasha kuganira no kumvikana n’abandi, kurinda amarangamatima ye, kwigira no kwikemurira ibibazo.

    Ubu bushobozi nta handi bwaturuka atari mu muryango uganira, ukosora uwakosheje utamuhutaje kandi wita kuri buri wese bitewe n’imyaka n’ibyo akeneye muri icyo cyiciro arimo.

    “Igihe kirageze ngo hashyirweho uburezi bufite uruhare mu kubaka umuryango Nyarwanda wunze ubumwe kandi ufatanya kugira ngo ugere ku mibereho myiza ya buri wese”

    Kugira ngo iyi ntumbero tuyigereho, umuryango Nyarwanda urasabwa guhuza gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ n’uburere buboneye aho umuryango muto (ababyeyi n’abana) ubasha kuganira ku mateka wisanzuye, ukavugisha ukuri, ugashingira ku muco n’indangagaciro z’Abanyarwanda; ugasoza wemeranyije ku nshingano zo kurerera no gukorera u Rwanda.

    Ibi bizafasha abana gusobanukirwa bakiri bato ko n’ubwo abantu bagira ibyo batumvikanaho, cyangwa badahuriyeho bitagomba kubatanya cyane cyane nk’abantu basangiye igihugu, ururimi, umuco n’icyerekezo.

    “Umuryango utaganiriye urazima!”. Nk’ababyeyi dukwiye kwiyegereza abana, tukongera umwanya wo kuganira na bo, aho batorezwaga “Ingengabitekerezo y’ivangura ku ishyiga”, hagasimbuzwa “indangagaciro zubaka ubumwe” maze umuryango ukaba umusemburo nyawo wa “Ndi Umunyarwanda” duhereye iwacu mu rugo.

    Igitekerezo-ngenga cya “Ndi Umunyarwanda”, gikwiye kuba ubuzima bw’abagize umuryango bwa buri munsi, kubana neza n’abandi, kubaha isano bafitanye ry’Ubunyarwanda, birinda gukomeretsanya, ahubwo bafashanya mu rugendo rwo gukira ibikomere byasizwe n’amateka dusangiye nk’Abanyarwanda.

    Ese hari uwasubiza ibihe inyuma ngo ibyadutanije kugera kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bihinduke inzozi tutabana nazo buri munsi? Ese nk’abakuru babonye ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni uwuhe murage twaha abato? Twe tuzi neza ko nta cyiza cy’urwango no kudashyira hamwe! Ese iki gihugu ko ari icyacu twese nk’Abanyarwanda, twirenge turahire ko hari Abanyarwanda bakirushaho abandi uburenganzira, bityo bakaba bakibamo bonyine?

    Reka nkabye inzozi! Isano muzi y’Ubunyarwanda izaduhame, gukunda igihugu no kugiteza imbere bibe umurage duha abato maze abakurambere batetse Ijabo, baterwe ishema n’uko u Rwanda rwemye kandi buri Munyarwanda, umuto, umukuru, uri ku butaka bw’u Rwanda n’utuye hanze yarwo… twese turajwe ishinga no guteza imbere igihugu cyacu, twubaka umuryango mwiza, uzira amacakubiri n’urwango !

    Twese duterwe ishema no gutoza abato bacu Ubunyarwanda!


    source : https://ift.tt/3FHCqBd

  • Bagirishya Jado Castar yakatiwe gufungwa imyaka ibiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bagirishya Jean de Dieu
    Bagirishya Jean de Dieu

    Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa Kabiri rwasomye urubanza ruregwamo Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar, aho ashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano mu gikombe cya Afurika cy’abagore muri Volleyball giheruka kubera mu Rwanda.

    Urukiko rwafashe umwanzuro wo gufunga imyaka ibiri Jado Castar wari wemeye ibyaha aregwa.


    source : https://ift.tt/3lDwFN4

  • Nyagatare: Ibyaha byaragabanutse, benshi mu babikora barafatwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Meya Mushabe yibukije abaturage ba Gishororo mu Murenge wa Mukama ko isuku ari ingenzi
    Meya Mushabe yibukije abaturage ba Gishororo mu Murenge wa Mukama ko isuku ari ingenzi

    Yabitangaje ku wa kabiri tariki ya 12 Ukwakira 2021, ubwo hatangizwaga ubukangurambaga ku isuku n’umutekano bukazarangira ku wa 31 Ukwakira 2021.

    Meya Mushabe avuga ko ubu bukangurambaga bugamije kugira urugo muri buri mudugudu rusukuye kandi rutekanye ndetse ruteye imbere.

    Ati “Tugamije kugira umudugudu utekanye, uteye imbere kandi ufite n’isuku. Burya abantu iyo bafite isuku baba bakeye, ntabwo abantu bagira isuku bafite ibibazo by’amakimbirane mu ngo.”

    Ibikorwa bizakorwa harimo gukurungira amazu, kugira ubwiherero bwubakiye neza, kugira ubusitani bw’urugo n’ibindi.

    Ubu bukangurambaga ariko buje bwunganira ubwatangijwe muri Mata 2021, bujyanye no kugira umudugudu utarangwamo icyaha.

    Meya Mushabe n’ubwo nta mibare atangaza avuga ko kuva ubu bukangurambaga bwatangira, ibyaha byagiye bigabanuka mu midugudu, cyane cyane iby’ubujura.

    Avuga ko igikomeye ari uko na noneho abakora ibyaha basigaye bafatwa mu gihe mbere babikoraga ntibagaragare ngo babiryozwe.

    Agira ati “Ubundi bwo abantu bakoraga ibyaha, bakiba ntibanafatwe cyangwa kubafata bikagorana. Ariko ubu ikibazo cyose iyo kivutse haboneka abakijyamo, ukabona abaturage bahagurutse, ukabona n’abayobozi bahagurutse. Ibyo rero twumva imyumvire y’abaturage yarazamutse mu guhashya abanyabyaha.”

    Ubukangurambaga ku isuku n’umutekano bufite insanganyamatsiko igira iti “Umudugudu utekanye, uteye imbere kandi ufite isuku.”


    source : https://ift.tt/3DyyBfR

  • Perezida Kagame yasubije abashaka ko Rusesabagina arekurwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yabigarutseho tariki 12 Ukwakira 2021 ubwo yarimo atanga ikiganiro mu Nama ngarukamwaka yiga ku mutekano iri kubera i Doha muri Qatar. Yasubizaga ikibazo cy’abavuga ko Rusesabagina yagombye kurekurwa, kandi birengagije inzirakarengane zazize ibikorwa bye by’iterabwoba.

    Perezida Kagame yagize ati “Abantu batumye Rusesabagina aba icyamamare, bagomba gukora ku buryo bamubona yafunguwe, birengagije ibyo yakoze byose, batanitaye ku nzirakarengane z’ibikorwa bye cyangwa se iby’abo bareganwa ”.

    Ati “Aha rero ni ho hazamo igice gikomeye, aho abakomeye bavuga bati, uko byagenda kose, icya mbere ni uko , uyu mugabo ni twe twamugize icyamamare” .

    Perezida Kagame yavuze ko abo banenga u Rwanda, bagendeye ku bya Rusesabagina, bataba bitaye ku byo yakoze, kuko ntibibareba.

    Yagize ati “Hari abumva ko agomba gufungurwa, kuko afite aho atuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, cyangwa se kuko afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi ”.

    Perezida Kagame yavuze ko ibyo bihugu bibiri byagiye bibona amakuru ajyanye n’ifatwa rya Rusesabagina ndetse n’iburanishwa rye.

    Kagame Paul
    Kagame Paul

    Yagize ati “Urwego rw’ubutabera rw’u Bubiligi ndetse n’urwa Leta zunze ubumwe za Amerika, zizi ibyo bikorwa. Twabasangizaga buri kintu, mu myaka ijya kugera ku icumi. Ubwo rero, nta n’ubwo bashobora kuvuga ko batabizi. Ni nk’aho bavuga gusa bati, oya reka dufunge buri kintu, twiyibagize ibi byose. Turashaka ko uyu muntu [Rusesabagina] arekurwa. Imiryango (organizations) ituruka muri ibyo bihugu irakomeye, ariko ntekereza ko tugomba kwita ku mutekano w’abantu bacu na wo, kandi tuzabikora mu buryo bwubahirije amategeko”.

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kurangara ku byerekeye umutekano w’ ubuzima bw’abaturage barwo.

    Yagize ati “Bashobora gukomeza bakavuga ku bya ‘Hollywood’ ariko bishyiramo ubuzima bwacu, ubuzima bwacu bufite agaciro kuri twe, nk’uko ubuzima bufite agaciro ku Bubiligi, Leta zunze ubumwe za Amerika n’undi wese”.

    Rusesabagina yahanishijwe igifungo cy’imyaka 25 muri gereza, mu mwanzuro w’urukiko wasomwe tariki 20 Nzeri 2021, ku rubanza rwerekeye ibikorwa by’iterabwoba. Rusesabagina yaburanishijwe hamwe n’abandi bantu 20 bose bahoze muri FLN, uyu ukaba ari umutwe w’ingabo zishamikiye ku ishyaka rya Rusesabagina ryitwa MRCD (Mouvement Rwandais pour le Changement Démocratique).


    source : https://ift.tt/3BI2YQo

  • Abasaga ibihumbi 18 bahoze mu mitwe irwanya u Rwanda bamaze kwigishwa imyuga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abarangiza imyuga bahoze mu mashyamba ya Congo bahabwa ibikoresho byo gutangira ubuzima bw
    Abarangiza imyuga bahoze mu mashyamba ya Congo bahabwa ibikoresho byo gutangira ubuzima bw’imyuga

    Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare, Nyirahabineza Valerie, atangaza ko kwigisha abahoze mu mashyamba ya Congo ari uburyo bwo kubafasha kwiteza imbere no kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu, kabone n’ubwo hari bamwe muri bo batashye ku ngufu.

    Avuga ko icy’ingenzi ari uko Umunyarwana wese aho ari anyurwa no kuba igihugu kimwitayeho kuko n’ubundi Komisiyo inshingano zayo ari uko abahoze mu ngabo bagira ubuzima bwiza, agahamya ko kurangiza kwiga imyuga n’ubumenyingiro bifite aho byerekeza ubuzima bw’abahoze mu mitwe irwanya u Rwanda.

    Agira ati ‘Muri aba harimo abakuwe mu mashyamba ya Congo ku ngufu badafite ubushake bwo gutaha, ariko na bo bakeneye kubaho bakagira n’uruhare mu iterambere ryabo n’iry’Igihugu muri rusange, ni yo mpamvu tubigisha imyuga ku bakiri bato kugira ngo babashe kwiteza imbere”.

    Mu batashye bava mu mashyamba ya Congo baheruka kurangiza kwiga imyuga barimo abagore basaga 100 n’abagabo basaga 140, bize ibijyanye no gusudira, kubaka, kudoda, gutunganya imisatsi n’ubwiza no guteka, bakaba barakiriwe mu mashuri makuru y’ubumenyingiro (IPRC) mu mashami hirya no hino mu Gihugu.

    Abana bavukiye mu mashyamba ya Congo barangije mu bigo byigisha imyuga n
    Abana bavukiye mu mashyamba ya Congo barangije mu bigo byigisha imyuga n’ubumienyi ngiro

    Niwegisubizo w’imyaka 21 y’amavuko, umwe mu bana bavukiye mu mashyamba ya Congo urangije kwiga gusudira avuga ko yavukiye muri ayo mashyamba ntabashe kujya ku ishuri akaba ashimira Leta y’u Rwanda yabafashije kwiga no guhabwa ibikoresho byo gutangira akazi.

    Agira ati “Gusudira ni umwuga nkunda nsanga uzamfasha kwiteza imbere kuko nta yandi mahirwe yo kwiga nigeze ngira kuko ubuzima bwacu mu mashyamba ya Congo kwari ukwirirwa duhunga amasasu gusa. Nishimiye kuba mu gihugu gifite umutekano kandi ndumva nzakora nkiteza imbere”.

    Mugenzi we witwa Ingabire Ernestine w’imyaka 18 urangije kwiga ubudozi, avuga ko mu mahirwe ya mbere agize mu buzima ari ugukandagira mu ishuri kandi akaba yaritaweho akabasha kurangiza no guhabwa ibikoresho bizamufasha kujya ku isoko ry’umurimo.

    Agira ati “Umwuga nize uzamfasha kubaho mu buzima butandukanye n’ubwo nabayeho mu mashyamba ya Congo ubu ntabwo nkigiye ku muhanda gusabiriza, ndashimira Leta y’u Rwanda n’abayobozi b’Igihugu uko batwitayeho tukaba turangije amasomo”.

    Usibye kuba abataha bava mu mashyamba ya Congo bigishwa imyuga, hari n’abahoze mu mitwe irwanya u Rwanda basubizwa mu buzima busanzwe bagahabwa imirimo ijyanye no gucunga umutekano, abatishoboye bagafashwa gutangira ubuzima busanzwe nk’abandi Banyarwanda.

    Perezida wa NURD avuga ko abana b
    Perezida wa NURD avuga ko abana b’Abanyarwanda aho bari hose bakeneye kugira igihugu kibakunda

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Nyirarukundo Ignatienne, asaba abamaze kurangiza kwiga imyuga guharanira kuba Abanyarwanda bagafatanya n’abandi mu bikorwa biteza imbere igihugu.

    Agira ati “Icyo mugomba kwiyumvamo bwa mbere ni Ubunyarwanda kugira ngo mubashe gukora mwiteze imbere mukorere n’igihugu cyanyu, kuko hari umwanya munini mwataye muri ayo mashyamba ya Congo ntacyo mwikorera”.

    Asezeranya abamaze gutaha ko Leta izakomeza kubaba hafi kandi ko bakwiye gukomeza gushishikariza bagenzi babo bakiri mu mashyamba ya Congo gutaha mu rwababyaye kuko igihugu gikeneye imbaraga zabo ngo bafatanye n’abandi mu iterambere.


    source : https://ift.tt/30n6Dp3

  • Minisitiri Gatabazi yakebuye abayobozi b’uturere batita ku makipe yabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gicumbi FC yagarutse mu kiciro cya mbere
    Gicumbi FC yagarutse mu kiciro cya mbere

    Yabivuze ubwo yashimiraga abakinnyi n’abayobozi b’ikipe ya Gicumbi, nyuma y’uko yatsindiye itike yo kugaruka mu cyiciro cya mbere yari imaze umwaka itakaje.

    Ni mu mukino wo kwishyura wa ½ wayihuje na Heroes, iyitsinda ibitego 2-1, aho mu mukino ubanza na none Gicumbi yari yatsinze igitego 1-0.

    Mu byishimo byinshi, nyuma y’uko umukino urangira, Minisitiri Gatabazi wakunze kuba hafi iyo kipe dore ko ari n’ikipe yo ku ivuko rye, yanditse ubutumwa kuri twitter ashimira abakinnyi n’ubuyobozi bw’iyo kipe ariko anahwitura bamwe mu bayobozi b’uturere bagiye batererana amakipe y’uturere bayoboye.

    Ubwo butumwa buragira buti “Turashimira abakinnyi n’abayobozi ba Gicumbi FC mwongeye kwisubiza Agaciro mukaba musubiye mu Kiciro cya mbere. Turasaba abayobozi b’Uturere dufite amakipe kuyashyigikira nyabyo, bityo tugateza imbere impano z’abana bacu tukanaha abaturage ibyishimo nyabyo”.

    Akenshi amakipe y’uturere yakomeje kurangwa n’intege nke, aho yagiye ashinjwa ruswa mu buyobozi bwayo no mu bakinnyi, yo kugurisha imikino ku makipe makuru, abayobozi b’uturere bagatungwa agatoki kuba ba nyirabayazana kubera kudafasha ayo makipe.

    No mu butumwa bwa Minisitiri Gatabazi, umwe mu batanze ibitekerezo yagaragaje izo mpungenge z’uko Gicumbi yaba ije mu makipe azagurisha amanota biterwa no kubura amikoro.

    Yagize ati “Ntacyo baje gukora, baje muri business yo kugurisha amanota”.

    Mu kumusubiza Minisitiri Gatabazi yamweretse ko iyo kipe izanye impinduka, amwandikira agira ati “Ntibizongera”.

    Minisitiri Gatabazi yakebuye abayobozi b
    Minisitiri Gatabazi yakebuye abayobozi b’uturere batita ku makipe yabo

    Gicumbi FC izamukanye mu cyiciro cya mbere na Etoile de l’Est, yari imaze imyaka 24 irwanira kuva mu cyiciro cya kabiri ariko ntibikunde, uyu munsi akaba ari n’ibyishimo ku batuye akarere ka Ngoma, aho ikipe yabo yamaze gukatisha itike yo gukina Shampiyona y’icyiciro cya mbere bari banyotewe.


    source : https://ift.tt/3FGfPFc

  • Umujyi wa Kigali ugiye gushakira igishoro abatujwe mu midugudu y’icyitegererezo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yizeza abaturage batujwe i Karama ko inzu ari izabo

    Hari imidugudu y’icyitegererezo yagiye ituzwamo abaturage batishoboye hamwe n’abimuwe ahantu habateza ibyago, bakaba baranahawe imishinga y’inkoko n’iy’ubuhinzi bw’imboga, ariko imwe muri yo yaradindiye indi irahagarara burundu.

    Ubifashijwemo n’Umuryango wazobereye mu byo guhugura witwa FESY, Umujyi wa Kigali washakiye abo baturage amahugurwa atuma bahindura imyumvire mu bijyanye n’imicungire y’imishinga.

    Kugeza ubu abatuye mu midugudu ya Gikomero, Rusheshe (Masaka), Karama Kigali), Rugendabari (Mageragere), Kanyetabi (Rusheshe), Gasagara (Rusororo), Mukuyu (Ndera) na Rwesero (Kigali), bagera kuri 848 ubu bamenye uko bakwitwara mu gihe baba babonye igishoro cyabateza imbere.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa avuga ko abafite amahirwe ari abazagaragaza impinduka mu mibereho y’ingo zabo, nko gukora ubwizigame, kwishyura ubwisungane mu kwivuza, kurwanya igwingira no gushyira abana bose mu ishuri.

    Yagize ati “Bahitemo imishinga ibyara inyungu, hari abifuza imishinga y’ubudozi, hari abifuza ubworozi bw’inkoko n’indi, noneho barangiza tugafatanya kubashakira igishoro. Hari n’ubufasha bajya babona muri VUP, turafatanya n’ababahuguye tubaherekeze, dukomezanye bamaze gushinga ayo makoperative”.

    Abaturage batujwe mu midugudu y
    Abaturage batujwe mu midugudu y’icyitegererezo bahawe ibyemezo by’uko bize imicungire y’imishinga

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Umushinga FESY, Rwabwera James Kellon, avuga ko mu guhugura abantu, bibanze ku kubaka umuturage utazahora ahanze amaso Leta ngo imufashe.

    Umwe mu bahuguwe b’i Karama witwa Mbyariyehe Abeli (akaba ari na we ubakuriye), avuga ko bifitemo ubushobozi buke buke bazajya babyaza umusaruro, ariko agasaba ibyangombwa by’inzu batujwemo mu rwego rwo kugira icyizere gisesuye ko ari izabo.

    Mbyariyehe yagize ati “Mudufashije nk’ubuyobozi buri muturage akabona icyangombwa cy’inzu birushaho kuduha icyizere, aho tugenda duhura n’ibibazo bitandukanye harimo n’abatubwira ko aha dutuye bazahatwimura”.

    Rubingisa yamaze impungenge abo baturage b’i Karama n’abandi batujwe mu midugudu y’icyitegererezo, abizeza ko inzu batujwemo ari izabo ndetse ko azabafasha kubona ibyangombwa byazo.

    Mu mishinga yihutirwa i Karama bagomba guhita batangira guteza imbere nyuma y’amahugurwa, harimo uw’ubworozi bw’inkoko ngo zagabanutse cyane kuva ku 7,500 batangiranye, kugera kuri 3,800 bafite ubu, ndetse n’ubuhinzi bw’imboga zitwikiriwe bwo bukaba bwarahagaze.

    Umujyana w’iyo Koperative y’abatujwe mu mudugudu w’i Karama, Ntagwabira Jean, avuga ko iyo mishinga ubwayo nibongera kuyibyutsa, ishobora kwaguka ikaba minini ku buryo bajya bagemura imboga n’amagi mu bice byinshi by’Umujyi wa Kigali.

    source : https://ift.tt/3AIrkZa