Tag: featured

  • Muhima: Abagizi ba nabi bambuye umucuruzi baranamukomeretsa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwambuye baranamukomeretsa
    Bamwambuye baranamukomeretsa

    Cyari igitero gisa n’icyateguwe kuko n’abanyerondo bagerageje gutabara batewe amacupa abandi baterwa amabuye.

    Umwe mu banyerondo wavuganye na Kigali Today yavuze ko atari uwo mu agent wenyine wibwe, kuko ngo hari n’umugabo wari utashye anyuze aho byabereye akagwa mu gaco k’abo bajura bakamwambura isakoshi yari afite.

    Abamubonye bavuga ko yakomerekejwe cyane ndetse akamburwa amafaranga abarirwa mu bihumbi 400frw na telefone ebyiri.

    Aho uwo mu agent yibiwe hari hamaze iminsi havugwaho ko haba umutekano muke, haba ku bahakorera n’abahanyura batashye kuko abajura bahita bamanukira mu gisambu kiri hepfo yahoo, cyegeranye na ruhurura iva mu mujyi ijya muri Nyabugogo.


    source : https://ift.tt/3FNBTNY

  • Bugesera: Abaturage babwiwe ko isuku idakwiye kugarukira ku gukaraba intoki gusa – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bw’Umudugudu utarangwamo icyaha n’isuku hose, bukaba bwatangijwe mu mirenge yose kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 12 Ukwakira 202, ku ikubitiro abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bakoze isuku mu ngo zabo, ku mihanda, abandi bakorera isuku aho bakorera mu rwego rwo kuhasukura.

    Nyuma ya saa Sita ubuyobozi bw’Akarere bwakomereje mu nteko z’abaturage hirya no hino kugira ngo busobanurire abaturage ibyiza by’isuku nuko ifasha mu kwirinda indwara zituruka ku mwanda nk’inzoka n’izindi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, witabiriye Inteko y’Abaturage mu Kagari ka Bihari mu Murenge wa Ruhuha, yabwiye abaturage ko isuku ari isoko y’ubuzima bwiza, abibutsa ko uko bavuga ngo Umudugudu utarangwamo icyaha ari nako bagira isuku hose, yavuze ko iyo umuntu yatangiye kugira umwanda bituma anagira andi makosa atandukanye ashobora kuvamo n’ibyaha.

    Ati “Isuku ya mbere ni iyo ku mubiri, iya kabiri ni iyaho duturiye naho dukorera ha handi umara amasaha menshi, niba ukora mu Kigo nderabuzima, isuku y’aho hantu ni ngombwa, niba wigisha ni ngombwa kuhakorera isuku, niba ucuruza ni ngombwa ko aho ukorera hasa neza kugira ngo n’abakugana bagusange ahantu heza.”

    Mutabazi yakomeje avuga ko abaturage bakwiriye kumenya ko isuku atari ugukaraba intoki gusa ahubwo ari ugukaraba umubiri wose umuntu akanatunganya aho atuye aho kwizera ko iyo ukarabye intoki gusa uba usoje igikorwa cyo kwisukura.

    Yagize ati “Ni ukongera kwibutsa umuturage gukaraba umubiri wose tutazasigara mu kintu cyo gukaraba intoki kubera Covid-19 nyamara umuntu afite umwanda ku mubiri.”

    Yavuze ko bihaye ukwezi kumwe ko gukangurira abaturage kugira isuku bimwe mu bikorwa bizakorwamo harimo kumenyekanisha isuku mu baturage, kubibutsa ibice by’umubiri bakwiriye gukaraba, kwibutsa kuvangura imyanda ibora n’itabora ndetse hazanabaho ibikorwa bifatika byo gusukura aho buri umwe akorera yirirwa byose bikazakorwa muri uku kwezi kwahariwe isuku hose.

    -  Isuku yaranduye indwara zimwe na zimwe mu miryango itandukanye

    Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruhuha bavuze ko kugira amazi meza byatumye bagira isuku nayo ibirukanira indwara zirimo inzoka zo mu nda mu bana babo.

    Ngendo Vianney utuye mu Kagari ka Bihari mu Murenge wa Ruhuha yavuze ko kugira isuku byatumye umuryango we utarwaragurika cyane agasaba Leta kuba ariho hashyirwa imbaraga nyinshi.

    Ati “Ubu inaha dusigaye dufite amazi meza nta rwitwazo, nk’iwanjye kuva twabona amazi meza nashyize imbaraga mu isuku bituma indwara ziterwa n’umwanda zicika mu bana banjye. Ubu nta n’umwe uheruka kurwara inzoka n’izindi ziterwa n’umwana, nasaba Leta rero kongera imbaraga mu kwigisha abaturage cyane kuko iyo tugize isuku bigabanya n’indwara nyinshi.”

    Nyiracumi Charlotte utuye mu Mudugudu wa Bihari mu Kagari ka Bihari we yavuze ko kugira isuku byatumye abana be batarwaragurika nka mbere. Yavuze ko hamwe mu hantu Leta yashyira imbaraga cyane ari mu bikorera bacuruza ngo kuko rimwe na rimwe usanga badaha umwanya munini isuku mu byo bacuruza, yavuze ko aba bakwiriye kwigishwa cyane kuko ibyo bacuruza bikenerwa n’abantu benshi.

    Katangwa Camille wari uhagarariye Umuryango Water Aid Rwanda yavuze ko bahisemo kwifatanya n’Akarere ka Bugesera mu kurushaho gufasha abaturage kumenya ibyiza by’isuku n’isukura.

    Ati “Ikindi cyangombwa ni uko tariki ya 15 Ukwakira twizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo gukaraba intoki urumva rero ni impurirahe nziza, twifuje rero gufatanya na bo kugira ngo tubatere ingabo mu bitugu barusheho kwigisha abaturage ko bagomba kugira isuku. Abaturage tuzabigisha uburyo bumva ko isuku ari umuco ku nyungu zabo no guharanira ubuzima bwiza.”

    Ubukangurambaga bw’isuku hose buzamara ukwezi kose aho ubuyobozi bw’Akarere buzajya bufatanya n’umufatanyabikorwa Water Aid Rwanda mu kwigisha abaturage uburyo bagira isuku yo ku mubiri, iy’ibikoresho bifashisha ndetse n’iy’aho baryama bikabafasha gukomeza kugira imibereho myiza, abafite ibiro bakoreramo cyangwa ahakorerwa ubucuruzi ngo bazajya bafata isaha imwe ku munsi bahasukure neza ku buryo batanga urugero rwiza.

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yabwiye abaturage ko isuku ari isoko y’ubuzima bwiza

    Abaturage babwiwe ko isuku idakwiye kugarukira ku gukaraba intoki gusa ahubwo bakwiye no kwiyitaho ku mubiri wose ndetse n’aho batuye

    Igikorwa cyo gutangiza ubukangurambaga cyitabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye

    source : https://ift.tt/3aCNsJy

  • Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bashya barimo n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta – #rwanda #RwOT

    Obadiah Biraro wasimbuwe kuri uyu mwanya yagizwe Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta muri Kamena 2011. Mu 2016 Inama y’Abaminisitiri yamwongereye manda y’imyaka itanu nyuma yo kurangiza imyaka itanu igenwa n’itegeko.

    Izi mpinduka zikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 13 Ukwakira 2021 iyobowe na Perezida Kagame.

    Undi wahawe umwanya ni Nadine Umutoni Gatsinzi wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Imikurire no kurengera umwana. Mbere y’izi nshingano nshya yari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imibereho myiza y’Abaturage.

    Ahandi hakozwe impinduka ni mu rwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, aho rwahawe ACP Rose Muhisoni nka Komiseri Mukuru wungirije. Asimbuye Jeanne Chantal Ujeneza wagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ushinzwe Ubutegetsi n’Imari muri Kamena 2020.

    ACP Rose Muhisoni yari asanzwe ari Umuyobozi wungirije w’Ishami rya Polisi rishinzwe Imikoranire ya Polisi n’Abaturage, Community Policing.

    Nadine Umutoni Gatsinzi yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Imikurire no kurengera umwana

    ACP Rose Muhisoni yagizwe Komiseri Mukuru wungirije wa RCS

    source : https://ift.tt/3AFI7fp

  • Nsengimana nyiri Umubavu TV yatawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yatawe muri yombi hamwe n’abandi bantu batanu, RIB isobanura ko ibyaha bakurikiranyweho birimo ibyo gutangaza amakuru y’ibihuha agamije guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda.

    Amategeko asobanura amakuru y’ibihuha nk’amakuru atarigeze abaho, atangazwa mu buryo ubwo aribwo bwose atigeze abaho.

    Ntabwo higeze hatangazwa amakuru batangaje agize ibyo byaha bakurikiranyweho.

    RIB yasobanuye ko abafashwe bafungiye kuri sitasiyo yayo ya Remera na Kicukiro ndetse ko iperereza rikomeje kugira ngo dosiye yabo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Yakomeje igira iti “RIB irasaba abaturarwanda bakoresha imbuga nkoranyambanga kwirinda kuba umuyoboro w’abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu. Abenshi bihishe mu mahanga, batangaza ibihuha, amagambo arimo imvugo zibiba urwango, zigamije gukurura amacakubiri mu Banyarwanda no kwangisha rubanda ubutegetsi.”

    Si ubwa mbere Nsengimana atawe muri yombi kuko muri Mata 2020 yafashwe akurikiranyweho uburiganya, aza kurekurwa muri Gicurasi 2020 agizwe umwere n’urukiko.

    Ibyaha byo gukwiza ibihuha bihanishwa igifungo cy’imyaka iri hagati y’itatu n’itanu.

    Uko icyaha cyo gukwiza ibihuha gisobanurwa

    Nsengimana Theoneste nyiri Umubavu TV yatawe muri yombi

    source : https://ift.tt/3BFe6gJ

  • Dr Habumuremyi yababariwe na Perezida wa Repubulika, asabwa kwishyura abo abereyemo imyenda – #rwanda #RwOT

    Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ryasohotse ku wa 13 Ukwakira 2021, ni ryo ryemeje ko uyu mugabo wari warakatiwe igifungo cy’imyaka itatu, ababariwe na Perezida wa Repubulika.

    Rigira riti “Ashingiye ku bubasha ahabwa n’amategeko, Perezida wa Repubulika yahaye imbabazi Pierre Damien Habumuremyi.”

    Imbabazi Habumuremyi yahawe zikuraho igifungo cy’imyaka itatu yari yarakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge hamwe n’ihazabu yari yaraciwe ya miliyoni 892 Frw.

    Gusa nubwo yababariwe, azasabwa kwishyura amafaranga abereyemo abari bamureze mu nkiko. Imitungo ye yarafatiriwe kugeza igihe azishyurira abo bantu abereyemo imyenda.

    Dr Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, yahamijwe icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe. Cyakozwe bishingiye kuri Kaminuza ye ya Christian University of Rwanda yari abereye Perezida ndetse akagiramo n’imigabane ingana na 60%, mu gihe umuhungu we afitemo 30% naho Umuyobozi wayo [Vice Chancellor] akagiramo 10%.

    Mu maburanisha ye, yemeye ko hari abantu bagiye baha serivisi Kaminuza ye ntibishyurwe, abandi na bo bakamuguriza amafaranga ntabishyure, gusa akemeza ko bose hari uburyo yateganyaga kuzayabaha.

    Urugero, yemereye urukiko ko hari rwiyemezamirimo witwa Ngabonziza wagemuriye ishuri ibikoresho, mu isoko ryari rifite agaciro ka miliyoni 22.5 Frw.

    Yavuze ko amasezerano yagenaga ko uwo rwiyemezamirimo yishyurwa mu byiciro bitatu. Ngo Christian University of Rwanda yamwishyuye miliyoni 5 Frw, hasigara miliyoni 17,5 Frw.

    Hari indi sheki yahaye Nkurunziza Charles ya miliyoni 38 Frw yari yaragurije iri shuri. Kuri sheki yahawe Kazungu Edmond, Dr Habumuremyi yavuze ko yagurije Kaminuza miliyoni 28,9 Frw, habaho amasezerano y’ubwumvikane y’uko ayo mafaranga yazishyurwa mu byiciro.

    Yavuze ko kuri ayo mafaranga, hari ayo yagiye yishyurwa, ariko ko ibyo yashoboye gukusanya ari uko amaze kwishyurwa miliyoni 18,9 Frw.

    Undi witwa Usengimana Albert na we wahawe sheki, Dr Habumuremyi yavuze ko yashyize miliyoni 50 Frw kuri konti y’iri shuri. Ni amafaranga ishuri ryari rikeneye rishaka ayo ryakoresha kugira ngo rikomeze gukora neza.

    Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu mugabo afite amadeni arenga miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

    Dr Habumuremyi yavukiye i Ruhondo mu Karere ka Musanze tariki ya 20 Gashyantare 1961. Yize mu bihugu bitandukanye birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Bufaransa na Burkina Faso.

    Yagizwe Minisitiri w’Intebe tariki ya 7 Ukwakira 2011, umwanya yavuyeho tariki ya 23 Nyakanga 2014 awumazeho imyaka ibiri, amezi icyenda n’iminsi 16, asimburwa na Murekezi Anastase. Yabaye kandi Minisitiri w’Intebe wa kane nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 asimbuye Bernard Makuza, umwanya wabanjeho Pierre Célestin Rwigema na Faustin Twagiramungu.

    Muri Gashyantare 2015, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagize Dr. Habumuremyi, Perezida w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta y’Ishimwe, umwanya yariho kugeza atawe muri yombi muri Nyakanga 2020.

    Dr Pierre Damien Habumuremyi yahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika

    source : https://ift.tt/2YSWXlB

  • Perezida Kagame yahaye imbabazi Pierre Damien Habumuremyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr. Pierre Damien Habumuremyi
    Dr. Pierre Damien Habumuremyi

    Perezida Kagame yatanze izi mbabazi ashingiye ku bubasha ahabwa n’amategeko nk’uko byatangajwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 iyobowe n’Umukuru w’Igihugu.

    Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatawe muri yombi ku wa 3 Nyakanga 2020, bivuze ko yari amaze umwaka n’amezi atatu muri gereza.

    Yari yarakatiwe gufungwa imyaka itatu ahamijwe icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, akaba yari yaranaciwe ihazabu ya miliyoni 892 n’ibihumbi 200 Frw, nk’uko biri mu mwanzuro watangajwe ku wa 27 Ugushyingo 2020 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwamuburanishije.

    Nyuma yo gukatirwa, yahise ajurira, umwanzuro ku bujurire bwe utangazwa ku itariki ya 29 Nzeri 2021, ugaragaramo ko yagabanyirijwe igihe yagombaga gufungirwa muri gereza.

    Icyo gihe urukiko rwatangaje ko Dr Pierre Damien Habumuremyi asubikiwe igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe n’amezi atatu, rutegeka ko afungwa umwaka umwe n’amezi icyenda, agatanga n’ihazabu ya Miliyoni 892 Frw.


    source : https://ift.tt/3DHlrxg

  • MINEMA iributsa abantu kuzirika ibisenge birinda Ibiza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Taliki 13 Ukwakira buri mwaka ni Umunsi Mpuzamahanga wo Kugabanya Ingaruka ziterwa n’ibiza, ni umunsi washyizweho n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye mu 1989, mu gukangurira abatuye isi kugabanya ingaruka z’ibiza, abaturage n’ibihugu byabo bakongera ubudahangarwa ku biza bibugarije.

    MINEMA hamwe n’abafatanyabikorwa yateguye ibikorwa bitandukanye n’ubukangurambaga mu gihugu buzibanda ku nsanganyamatsiko igira iti “Kongera ubufatanye mu kugabanya iyugarizwa ry’ibiza n’ibihombo biduteza”.

    Umuyobozi ushinzwe ubutabazi muri MINEMA, Habinshuti Philippe, yatangarije Kigali Today ko mu gihe cy’umuhindo hagwa imvura ivanze n’umuyaga mwinshi igatwara ibisenge by’inzu n’iby’amashuri, abaturage n’inzego zitandukanye bagashishikarizwa kuzirika neza ibisenge no gufata ingamba zo kwirinda ibiza muri rusange.

    Agira ati “Ibikorwa bya mbere ni ugufasha abahuye n’ibiza ariko tukabafasha guhangana n’ibindi biza bishobora kuza. Twateguye ibikorwa byo kongera ubudahangarwa tureba aho duhura n’ibiza cyane nko mu miturire, hari imiryango tuzafasha mu kuzirika ibisenge mu Turere twa Nyaruguru, Gatsibo na Bugesera ariko duhamagarira n’abandi kongera ubudahangarwa butuma batugarizwa n’ibiza.”

    Habinshuti avuga ko u Rwanda ruri mu Karere kibasirwa n’ibiza by’imvura bitewe n’imiterere ngo abantu bagomba kugenzura aho bubaka ndetse bakibanda gukomeza inyubako birinda ko zitwarwa n’umuyaga.

    Umuyobozi ushinzwe ubutabazi muri MINEMA, Habinshuti Philippe
    Umuyobozi ushinzwe ubutabazi muri MINEMA, Habinshuti Philippe

    Akomeza avuga ko niba umuntu agenda mu muhanda akabanza kureba ko imodoka itamugonga, yagombye no kugenzura aho agiye kubaka, yaba agiye kugenda mu gihe cy’inkuba akirinda ko zamukubita cyangwa yaba agenda ahari imyuzure akirinda ko amazi yamutwara.

    Habinshuti ibi abigarukaho mu gihe mu Rwanda kuva muri Mutarama 2021 abantu babarirwa muri 90 bamaze guhitanwa n’ibiza kandi hari benshi byakomerekeje ndetse byangiza amazu n’imyaka y’abaturage.

    Icyakora avuga ko hashingiwe ku mibare, uyu mwaka ibyangijwe n’ibiza ni bikeya ugereranyije n’uwa 2020.


    source : https://ift.tt/3vaKg1a

  • Jado Castar yakatiwe gufungwa imyaka ibiri – #rwanda #RwOT

    Jado Castar unafatwa nk’umwe mu banyamakuru b’imikino bakomeye mu Rwanda yahawe iki gihano nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

    Castar yatawe muri yombi ku wa 20 Nzeri 2021, akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’iperereza riri gukorwa rijyanye n’icyatumye Ikipe y’Igihugu mu Bagore isezererwa muri Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yabereye mu Mujyi wa Kigali mu kwezi gushize.

    Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore yasezerewe mu Gikombe cya Afurika cya Volleyball cyabereye i Kigali hagati ya tariki ya 10 n’iya 20 Nzeri 2021, ishinjwa gukinisha abakinnyi bakomoka muri Brésil batujuje ibisabwa.

    Iri rushanwa ryasojwe ku wa 19 Nzeri 2021, ryegukanywe na Cameroun nyuma y’iminsi ibiri ridakinwa kubera kutumvikana ku cyemezo cyari gufatirwa u Rwanda.

    Aline Siqueira, Apolinario Caroline Taiana, Mariana Da Silva na Moreira Bianca Gomes bakomoka muri Brésil, bakiniye u Rwanda ku nshuro ya mbere nyuma yo kugera i Kigali muri Kanama uyu mwaka, ni bo bagaragajwe nk’abakinnyi batujuje ibisabwa mbere y’umukino rwari rugiye guhuramo na Sénégal ku wa 16 Nzeri 2021.

    Ibi byatumye hafatwa umwanzuro w’uko irushanwa risozwa hatarimo ikipe y’u Rwanda kuko yahise isezererwa.

    Jado Castar yakatiwe gufungwa imyaka ibiri

    source : https://ift.tt/3BEOHEa