Tag: featured

  • Musanze:Ab’amikoro make bakora imirimo y’amaboko ibarwa nk’ingurane y’ifunguro ry’abana babo – #rwanda #RwOT

    Aba babyeyi, babisabye Akarere ka Musanze mu igenzura kakoze kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukwakira 2021 muri gahunda yo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku bigo bigaho yatangiye muri uyu mwaka w’amashuri.

    Maniraguha Mugabo ni umwe mu babyeyi barerera ku Ishuri Ribanza rya Kamwumba ufite abana bane bahiga, avuga ko kubona amafaranga yabishyurira kugira ngo bajye barya ku ishuri atabasha kuyabona, ariko ko yiteguye gukora imirimo y’amaboko yahabwa agaciro.

    Yagize ati “Nk’ubu mfite abana bane biga kuri Iki Kigo, kandi bose bagomba kujya barya ku ishuri. Amikoro mfite ntanyemerera kujya mbishyurira ibihumbi birenga 50, nasabye ubuyobozi kujya nza kwasa inkwi zo gutekesha, iyo mibyizi bakayibara mu mafaranga, nkishyurira abana bakarya nta kindi kibazo bagize.”

    Anselme Nshizirungu na we urerera kuri G.S Saint Michelle Gacaca, avuga ko bishimiye gahunda yo kugaburira abana ku mashuri ariko akavuga ko afite ubushobozi buke bityo ko yiteguye gutanga umusanzu we mu mirimo izahakorerwa.

    Yagize ati ” Iyi gahunda yo kugaburira abana ku mashuri yaziye igihe pe! Ariko mfite abana babiri biga aha, kubishyurira amafaranga yo kurya byari kungora cyane ku buryo kubahiriza iyi gahunda ntari kubishobora, ariko ndaza ngateka mfatanyije n’abandi, bakambarira imibyizi bizamfasha bitangoye n’abana bige badafite ipfunwe kuko nabuze ayo kwishyura.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, ashima uruhare rw’ababyeyi bakora ibishoboka ngo bubahirize gahunda yo kugaburira abana ku mashuri kandi ko bashima uruhare rwabo mu myigire y’abana babo kuko biteze ko bizazamura n’ireme ry’uburezi.

    Yagize ati “Turi muri gahunda yo gusura ibigo by’amashuri tureba uko gahunda yo kugaburira abana yubahirizwa, abanyeshuri barabyishimiye cyane, turashimira ababyeyi babyumvise bakanabyubahiriza, ariko hari n’abandi bagaragaje ko amikoro yabo atatuma babasha kwishyura aya mafaranga.”

    ” Hari abahisemo gukora imirimo y’amaboko izajya ivunjwamo ayo mafaranga, hari abakora isuku cyane ko hari ibigo bishya bikeneye gukorerwa isuku. Hari abarimo kwasa inkwi abandi bateka n’ibindi. Hari n’abazajya bazana ibyo kurya bitewe n’ibyo babonye, twizeye ko iyi gahunda izakomeza, kuko izatuma abana biga neza n’ireme ry’uburezi bahabwa rikazamuka.”

    Gahunda yo kugaburira abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye yose yatangiranye n’umwaka w’amashuri 2021-2022 aho byitezwe ko Leta izatanga uruhare rungana na 56% urundi 44% rukazatangwa n’ababyeyi.

    Gahunda yo kugaburira abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye yose yatangiranye n’umwaka w’amashuri 2021-2022

    source : https://ift.tt/3mZafFq

  • Nyaruguru: Barindwi bafatanywe imyenda ya caguwa bayivanye i Burundi – #rwanda #RwOT

    Imyenda yafashwe ku wa Gatatu tariki ya 13 Ukwakira 2021 ni amabalo atandatu n’indi myenda irengaho yari mu mifuka itatu. Ba nyirayo bari bahaye akazi abaturage batanu ari na bo bari batwaye iyo myenda ku magare ariko bari kumwe na bo.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police(SP) Theobald Kanamugire yavuze ko bariya bantu bafashwe mu rukerera saa kumi n’imwe, biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Yagize ati “Abaturage baduhaye amakuru ko hari abantu bagiye mu gihugu cy’abaturanyi gukurayo imyenda ya caguwa ya magendu. Abapolisi bahise bategura igikorwa cyo kubafata, nibwo babafatiye mu nzira barimo kwinjira mu Rwanda bafite iriya myenda bavuye mu Burundi.”

    SP Kanamugire yashimiye abaturage batanze amakuru akangurira abaturage kwirinda ubucuruzi bwa magendu ahubwo bakajya batanga amakuru igihe babonye abacuruza ibicuruzwa bya magendu.

    Yagize ati “Buri gihe tubwira abantu ko ubucuruzi bwa magendu bumunga ubukungu bw’Igihugu tukabasaba gukora ubucuruzi bwemewe n’amategeko, byongeye iyo bafashwe barafungwa ndetse bakanahomba. Abantu bishora mu bucuruzi bwa magendu usanga bitwikiriye ijoro ku buryo bashobora kwitiranywa n’abagizi ba nabi baje mu gihugu bakaba bahasiga ubuzima.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage kwirinda abantu babashora mu bucuruzi bwa magendu babashukishije amafaranga. Yabakanguriye kandi gukura amaboko mu mifuka bagakora bakirinda kujya bafatirwa mu bintu batazi kuko hari abashukishwa amafaranga bagakoreshwa mu kwambutsa za magendu.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego Rushinzwe Ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Munini naho ibicuruzwa bijyanwa ku biro by’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu mu Karere ka Huye.

    Itegeko N° 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha ingingo ya 87 ivuga ko Umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze kimwe mu bikorwa bikurikira: gukoresha inyandiko mpimbano mu ibaruramari rye; kwigana no gukoresha inyandiko cyangwa ibikoresho byo mu buyobozi bw’imisoro byifashishwa mu gusoresha;guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; gukora imenyekanisha rigaragaza ko umusoreshwa atacuruje; guhindura izina ry’ubucuruzi bikozwe n’ukurikiranweho umusoro; kwandika ubucuruzi ku wundi muntu mu buriganya; guhisha Ubuyobozi bw’Imisoro ibitabo by’ibaruramari cyangwa kubyangiza; gukoresha ibitabo by’ibaruramari by’ibihimbano; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).


    source : https://ift.tt/3aGYyNR

  • Muhanga: Urubyiruko rwasobanuriwe ko ‘nta buringanire, nta terambere’ – #rwanda #RwOT

    Babigaragaje kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukwakira, mu nama yateguwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’Uburinganire (GMO) ku bufatanye n’Akarere ka Muhanga.

    Iyi nama yahuje urubyiruko rusanga 300 ruturutse mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Muhanga, rukaba rwari rwiganjemo Abamotari, Abakora muri restaurants na hoteli, abiga muri kaminuza, abanyonzi, abafite ubumuga, Abakorerabushake mu kurwanya COVID-19 , abahagarariye urubyiruko mu madini n’amatorero, abakora muri serivisi zo kohererezanya amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga n’abandi.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice yavuze ko u Rwanda ari igihugu cyubahiriza ihame ry’uburinganire, aho umukobwa n’umuhungu bafite amahirwe n’uburenganzira bingana muri byose, abasaba guharanira kubyaza umusaruro ayo mahirwe kugira ngo bazagere ku nzozi zabo.

    Yagize ati “Urubyiruko muri imbaraga z’igihugu kandi zubaka, bityo mugomba guharanira kuba umusemburo w’impinduka muri byose, mukitabira imirimo yose nta kuvuga ngo umurimo uyu n’uyu ukorwa n’abahungu cyangwa abakobwa”.

    Guverineri Kayitesi kandi yasabye urubyiruko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bakumira inda ziterwa abangavu, birinda ibiyobyabwenge kandi bagira amakenga ku waba ashaka kubashora mu bikorwa byose byabatesha kugera ku ntego n’inzozi zabo.

    Yagize ati “Ubuzima bwanyu buri mu biganza byanyu, nimwe ba mbere, mugomba kwifatira icyemezo mukamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Uzashaka kugushuka ukamuhakanira ntaho azahera, ubuzima bwanyu ndetse n’iterambere mwifuza kugeraho ni mwe muzabiha icyerekezo mushaka”.

    Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Iyubahirizwa ry’Ihame ry’Uburinganire (GMO), Rose Rwabuhihi, yibukije ko uburinganire ari ihame igihugu cy’u Rwanda cyiyemeje kugenderaho hagamijwe ko abakobwa n’abahungu, abagabo n’abagore bagira amahirwe angana muri byose.

    Yasabye urubyiruko guharanira ko iryo hame ryubahirizwa mu byo bakora byose kugira ngo biteze imbere, banateze imbere igihugu cyabo.

    Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Muhanga, Musangwa Théoneste, yavuze ko we na bagenzi be bagiye kuba umusemburo w’impinduka nziza, bitabira gahunda zitandukanye zashyizweho mu kwimakaza uburinganire kandi batanga amakuru ku gihe igihe habaye ikibazo cy’ihohoterwa cyangwa aho barikeka.

    Ikiganiro n’urubyiruko, ni kimwe mu bikorwa byari biteganyijwe mu bizakorwa muri gahunda ngarukamwaka igamije kurushaho kwimakaza ihame ry’uburinganire mu nzego zegereye abaturage, gahunda itegurwa n’urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire. Iyi gahunda yabereye mu tundi turere twa Gatsibo, Nyaruguru, Ngororero, Nyagatare na Rulindo.

    Bimwe mu bikorwa byibandwaho harimo gusezeranya imiryango yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, kwandika abana batari banditse mu bitabo by’irangamimerere ndetse n’ibiganiro byimbitse ku bayobozi b’inzego zibanze kugera ku mudugudu.

    Hateganyijwe kandi ibiganiro ku ruhare rw’abafatanyabikorwa mu kwimakaza ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa ndetse n’ibiganiro n’inzego z’abikorera ku ruhare rwabo mu kwimakaza ihame ry’uburinganire.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice yasabye urubyiruko kwirinda ikintu cyose cyatuma batagera ku nzozi zabo

    Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Iyubahirizwa ry’Ihame ry’Uburinganire (GMO), Rose Rwabuhihi, yibukije ko uburinganire ari ihame igihugu cy’u Rwanda cyiyemeje kugenderaho

    Hatanzwe ikiganiro kigaruka ku ruhare rw’urubyiruko mu kwimakaza ihame ry’uburinganire mu iterambere

    source : https://ift.tt/3mUsgVb

  • Zahinduye imirishyo mu gukurikirana imicungire y’umutungo w’amakoperative y’abamotari – #rwanda #RwOT

    Hashize igihe bamwe mu bamotari binubira imikorere y’amakoperative yabo cyane cyane ku mikoreshereze y’umutungo ndetse n’uburyo ibyo bashoyemo imari bibungukira.

    Mu itangazo RCA yashyize hanze kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko ubuyobozi bw’amakoperative y’abamotari bukwiriye kunoza gukorera mu mucyo cyane cyane ku bijyanye n’imicungire n’imiyoborere.

    Mu byo ubuyobozi bw’ayo makoperative bwasabwe, harimo gukora buri mezi atatu raporo ku micungire y’umutungo, imyinjirize y’umutungo n’uburyo ukoreshwa, gukora buri mezi atatu raporo y’ibikorwa by’ishoramari, gukora buri mwaka ishusho y’umutungo na raporo igaragaza uko imari yinjiye n’uko yakoreshejwe, bikagezwa ku banyamuryango mu nteko rusange.

    Kubera izo mpamvu, RCA yategetse ko amatora y’ubuyobozi bwa za koperative z’abamotari yari ateganyijwe mu Ukwakira 2021, yimurirwa ikindi gihe kugira ngo iby’imicungire y’umutungo bihabwe umwanya.

    Itangazo rigenewe abanyamuryango b’amakoperative y’abamotari@RwandaTrade @ferwacotamo pic.twitter.com/QwLnMzeGK3

    — RCA Rwanda (@RCARwanda) October 15, 2021

    Icyo kigo kandi cyasabye ko mu nteko rusange ziteganyijwe muri uku kwezi, inama z’ubuyobozi zigomba kugaragaza inyandiko zose z’imikoreshereze y’umutungo n’ishoramari kugira ngo abanyamuryango bazaziganireho.

    Umuyobozi Mukuru wa RCA, Prof Jean Bosco Harelimana yabwiye IGIHE ko basanzwe bagenzura imicungire y’umutungo w’amakoperative y’abamotari ariko ko basanze hakenewe izindi mbaraga.

    Ati “Imicungire dusanzwe tuyigenzura ariko turifuza ko muri izi nteko rusange babiha umwanya kuko batangiye kugira amafaranga mu makoperative. Bakwiriye kubibwira abanyamuryango kugira ngo bagire amakuru amwe.”

    Prof Harelimana yavuze ko ikindi bifuza ko gishyirwamo imbaraga ari ishoramari mu makoperative y’abamotari kugira ngo umusanzu batanga uzabagirire akamaro no mu gihe kiri imbere.

    Yavuze ko hari abamaze kwiteza imbere binyuze mu ishoramari nk’abubatse inzu koperative zabo zikoreramo, abubatse inzu zo gukodesha n’ibindi.

    Ati “Bashobora kuvuga bati ’reka tugire iduka ricuruza ibyuma by’ibinyabiziga (pièces de rechange), twubake igaraje cyangwa se restaurant aho bafatira ifunguro saa sita, byose biganisha mu kuborohereza gukora ariko biganisha no kuba nibura mu myaka ibiri cyangwa itatu, batazaba bagitanga wa musanzu ahubwo bazabe bafite ishoramari ribinjiriza.”

    Itangazo rya RCA risaba kandi abamotari gukoresha ikoranabuhanga rya mubazi mu kwishyurana nka bumwe mu buryo bugamije gukemura impaka zajyaga zivuka hagati y’abagenzi n’abamotari, ndetse no kubahiriza amategeko y’umuhanda birinda impanuka.

    Kugeza ubu mu Rwanda habarizwa abamotari basaga ibihumbi 26 barimo ibihumbi 26 bo mu Mujyi wa Kigali.

    Buri mezi atatu, amakoperative y’abamotari yasabwe kujya atanga raporo y’imikoreshereze y’umutungo ku banyamuryango

    source : https://ift.tt/3p6YoI4

  • Inyigo zisondetse, ruswa, kudindira kw’imishinga- Ibibazo mu masoko ya Leta – #rwanda #RwOT

    Kugeza ubu 70% by’amasoko ya leta atangwa ajya mu bikorwaremezo birimo ubwubatsi n’imihanda, ari naho hakunda kugaragara ibibazo nk’imihanda isenyuka nyuma y’igihe gito yubatswe cyangwa se inyubako zitangira kwiyasa nta n’umwaka urashira zubatswe kandi byaratwaye akayabo k’amafaranga.

    Ibi ni ingaruka ziterwa n’uruhuri rw’ibibazo biboneka mu masoko ya leta byagaragajwe kuri uyu wa 14 Ukwakira 2021 mu nama yahuje Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA), na ba rwiyemezamirimo bapiganirwa aya masoko, abakora inyigo, abakurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo, abashinzwe kurwanya ruswa ndetse n’inzego za leta zitandukanye.

    Muri iyi nama buri ruhande rwerekanye ibibazo biri mu mitangire y’amasoko birimo inyigo zikoze nabi, ba rwiyemezamirimo bishyurwa batinze, inzego zitanga amasoko afite agaciro karenze ingengo y’imari yateganyijwe cyangwa se bakananiza ba rwiyemezamirimo babasaba ibintu byinshi bidakenewe, kudindira kw’imishinga, n’ibindi.

    -  Inyigo zisondetse zagaragajwe nk’ipfundo ry’ibikorwa bitaramba

    Umuyobozi Mukuru wa RPPA, Uwingeneye Joyeuse, yavuze ko mu bibazo bya mbere biri mu masoko ya leta harimo inyigo zikoze nabi zituma ibikorwa bimara igihe gito bigahita byangirika, kuko ari zo zigenderwaho kugira ngo imirimo itangire gushyirwa mu bikorwa.

    Yagize ati “Mu gutegura imirimo mubanza gukora inyigo kuko ni yo ibaha amakuru ajyanye n’umubare w’amafaranga azakenerwa ngo igikorwa runaka gikorwe, aho kigiye gukorerwa niba hameze neza, icyakorwa kugira ngo igikorwa kizubakwe gikomere n’ibindi.”

    “Tumaze kubona ikibazo cy’inyigo zikorwa nabi kandi iyo inyigo ikozwe nabi, nyuma yaho bikurura n’ingaruka z’uko igikorwa kitazaba gikomeye.”

    Kalimba Gilbert asobanura ibidindiza imishinga

    Abitabiriye inama bagaragaje ko imbarutso yabyo ari abemeza inyigo batayigenzuye neza, rimwe na rimwe bagaha isoko abadafite ubushobozi buhagije bwo kuyikora kuko badahenda ndetse ugasanga na rwiyemezamirimo watsindiye isoko atagaragaza ahari ikibazo mu nyigo kugira ngo adatakaza isoko.

    Ubusanzwe iyo impuguke ibyemerewe n’amategeko irangije gukora inyigo iyishyikiriza ikigo cyangwa urwego rutanga isoko rukayigenzura rukayemeza cyangwa ntiruyemeze, iyo yemejwe ruyiha uwatsindiye isoko na we akayisuzuma yayemeza bakabona gushyira mu bikorwa umushinga.

    Abitabiriye inama basabye ko ibyo kwemeza inyigo byavanwa mu maboko y’akanama gashinzwe gutanga amasoko ya leta, bigahabwa itsinda ry’inzobere ritabarizwa muri ako kanama kugira ngo mu Rwanda hajye hubakwa ibikorwa bifite ireme.

    Ruswa mu masoko ya leta iri ku kigero cya 63.3%

    Umuryango Mpuzamahanga Ushinzwe Kurwanya Ruswa n’Akarengane (TI Rwanda), wagaragaje ko mu masoko ya leta hari ruswa iri ku kigero cya 63.3%, ndetse ko mu 2020-2021 gusa hatanzwe ruswa irenga miliyari 14, aho muri kontaro 32 zatanzwe imwe imwe yatanze byibura ruswa ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda mu gihe izindi zagiye ziyarenza.

    Dr. Byiringiro Enock, umushakashatsi muri TI Rwanda yavuze ko hakiri ikibazo cy’ubunyangamugayo no gukorera mu mucyo mu masoko ya leta, aho yagaragaje ko n’ikoranabuhanga ryari ryashyizweho na RPPA rya e-Procurement ngo rigabanye ibi bibazo hari byinshi bikiburamo.

    Ati “Uyu munsi ibice byose bikurikizwa kuva hagenwa ibikorwa, kugeza bisojwe gukorwa, ntabwo e-procurement irabasha kubikurikirana byose, ngo ibashe kuba yacunga amasezerano neza, ngo ibashe kuba yatanga amakuru yose arebana n’abapiganira amasoko n’uburyo bwo kwishyura ntiburanoga.”

    Dr. Byiringiro yagaragaje ko ibi bituma hari imishinga idindira kubera ubushobozi buke bwa ba rwiyemezamirimo bahabwa isoko badafite amafaranga ahagije, cyangwa abahabwa ’avance’ bakayijyana mu bindi.

    Yasabye ko iyi e-procurement yashyirwamo ibikenewe byose kugira ngo bigabanye ruswa itangwa kubera guhura kenshi kw’abatanga n’abasaba amasoko.

    Mu 2020, imishinga ifite agaciro ka miliyari 216,1 Frw yaradindiye”

    Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2019/2020 yagaragaje ko hari imishinga 62 afite agaciro ka miliyari 216,1 yadindiye, ibintu bikunda guterwa na ba rwiyemezamirimo batsindira amasoko arenze ubushobozi bwabo.

    Umuyobozi Mukuru wa RPPA yavuze ko ibibazo byose bigaragara mu masoko ya leta bizagenderwaho havugururwa itegeko riyagenga

    RPPA yagaragaje ko iyo rwiyemezamirimo ananiwe kurangiza umushinga yatangiye, urwego rwamuhaye isoko rugomba kumurega muri iki kigo agahabwa ibihano. Gusa byagiye bigaragara ko izi nzego zitabikora bigatuma ikibazo cyidakemuka.

    Umuyobozi w’Ikigo cyunganira ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga y’ibikorwaremezo rusange, Assetip, Kalimba Gilbert, yagaragaje ko hari ibintu bine by’ingenzi bituma amasoko adindira.

    Yagize ati “Icya mbere ni inyigo zitameze neza, indi mpamvu ikunda kubitera ni ugutinda gutanga ingurane z’ubutaka, abantu batanze isoko bamara kuritanga ugasanga amazu cyangwa indi mitungo by’aho uzanyuzwa bimaze amezi atandatu bitaravamo kandi wenda kontaro yo gukora umuhanda ari amezi 10.”

    Icya gatatu yavuze ko ari ugutinda kwishyurwa aho usanga rwiyemezamirimo ahabwa ’avance’ ya mbere nyuma y’iminsi 45, naho icya kane avuga ko ari uburyo abahawe isoko bitwara mu gushyira mu bikorwa ibiri mu masezerano, kuko usanga hari abataba inyangamugayo bagakora nabi.

    Ibibazo byose byagaragajwe, RPPA yavuze ko igiye kubyigaho ku buryo bizagenderwaho havugururwa itegeko rigenga amasoko ya leta rya 2018.

    Dr Byiringiro Enock wa TI Rwanda yerekanye ko ruswa mu masoko ya leta iri hejuru cyane cyane mu bwubatsi

    Ni inama yari yitabiriwe na ba Rwiyemezamirimo ndetse n inzego zitandukanye zifite aho zihurira n’amasoko ya leta

    source : https://ift.tt/3p57RQ0

  • Dr Habumuremyi yavuze ku buzima bwo muri gereza, ibyo yicuza n’intego nshya (Video) – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo w’imyaka 60 y’amavuko, ni umwe mu babaye mu myanya ikomeye mu buyobozi bw’u Rwanda, uhereye ku kuba yarayoboye inzego za leta zikomeye nka za Minisiteri zinyuranye kugera no ku kuba Minisitiri w’Intebe anaruhagararira muri EALA nk’Umudepite.

    Muri Nyakanga 2020 nibwo yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo icyo gutanga sheki zitazigamiye n’icyaha cy’ubuhemu. Icyo gutanga sheki cyaje kumuhama ahanishwa igifungo cy’imyaka itatu.

    Kugira ngo arekurwe, byaturutse ku mbabazi yasabye. Ubwa mbere mu iburanisha rye rya nyuma, ubwa kabiri mu mabaruwa yandikiye Umukuru w’Igihugu atakamba uhereye umunsi yari agifatwa.

    Ubwo yari afunguwe, yabwiye IGIHE ko yanditse atagerageza amahirwe, ahubwo muri we yari afite icyizere. Ati “Icyari kigamijwe ni ukugira ngo nicishe bugufi ngaragaze ko amakosa nakoze atari akwiriye umuyobozi nkanjye.”

    Dr Habumuremyi wagizwe Minisitiri w’Intebe mu Ukwakira 2011 asimbuye Makuza Bernard, yibukirwa ku ngendo yakoreye mu ntara hafi ya zose z’igihugu mu minsi ye ya mbere.

    Izo mbaraga yakoreshaga asobanura ko n’ubu akizifite ko ari nazo agiye gukoresha mu bindi bikorwa bigamije iterambere ry’u Rwanda.

    Ubuzima bwo muri Gereza

    Uyu mugabo yabwiye IGIHE ko mu myanya itandukanye yanyuzemo, yagiye asura gereza, ariko ko atari azi ubuzima bwaho kugeza igihe ayigiriyemo ari guhanwa.

    Ati “Ubuzima bwaho butandukanye n’ubwo hanze, ntabwo ukora ibyo ushaka nk’uko wabikoraga uri hanze. Igikomeye njye nabonye, ni isomo. Ni ishuri. Ugezemo ntuhafatire amasomo, ntuhigire ubwenge, ntushobore kwihangana, bisaba no kwicisha bugufi, kubahiriza amabwiriza, ntabwo ari amabwiriza mabi, ni amabwiriza y’igorora. Gufungwa ni kimwe ariko no kugororwa ni ikindi.”

    Muri iyo minsi amaze muri gereza, yavuze ko yabonye uburyo abagororwa basohoka bize byinshi, yaba imyuga n’ibindi ku buryo umuntu yiga ibintu byamufasha no mu buzima bwo hanze.

    Uko yitaweho arwaye

    Dr Habumuremyi ubwo yitabaga urukiko bwa mbere, yavuze ko arwaye, ndetse asaba kurekurwa kugira ngo abashe gukomeza kubona uko yivuza. Abunganizi be icyo gihe bavugaga ko arwaye amaso.

    Ku mugoroba wo ku wa Kane, mu bari bagiye kumwakira harimo n’umwuganizi we. Yabwiye IGIHE ko usibye amaso, uwo yunganira afite n’ikibazo cy’umuvuduko ukabije w’amaraso, Prostate, imitsi n’ubundi burwayi agira mu muhogo.

    Mu gihe cyose yamaze muri gereza, asobanura ko yitaweho ndetse iyo atabona ubufasha ubu bishoboka ko aba atakiriho.

    Ati “ Iyo ntabubona, ntabwo mba nkiriho. Ariko gereza na yo ifite aho igarukira ku buryo hakenewe ubundi buvuzi busumbye ubwo nabonaga kugira ngo nshobore kwivuza, mbe no hafi y’abaganga […] gereza yakoze ibishoboka.”

    Imbabazi Dr Habumuremyi yahawe zikuraho igifungo cy’imyaka itatu yari yarakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge hamwe n’ihazabu yari yaraciwe ya miliyoni 892 Frw.

    Gusa nubwo yababariwe, azasabwa kwishyura amafaranga abereyemo abari bamureze mu nkiko. Imitungo ye yarafatiriwe kugeza igihe azishyurira abo bantu abereyemo imyenda.

    Ati “Ibyo urukiko rwategetse ngomba kubyubahiriza. Ibiri hanze y’imbabazi za Perezida wa Repubulika ngomba kubyubahiriza.”

    Aricuza…

    Dr Habumuremyi avuga ko ubuzima bugira inzira nyinshi ariko igikomeye kuruta ibindi ari ukwitwararika ku buryo atagwa mu makosa ayo ari yo yose.

    Ati “Ushobora kugwa mu makosa bitaguturutseho, ariko ushobora no kuyagwamo biguturutseho kandi byombi birashoboka kubyirinda. Uramutse ugeze muri gereza, reka dufate igihugu nk’umubyeyi, umubyeyi aguhannye afite uburenganzira bwo kuguhana ariko nawe nk’umwana uhanwe ugomba guha agaciro icyo gikorwa. Ntabwo wanga umubyeyi wawe ko yaguhannye, ariko ukavuga uti ese nzahora mpanwa? Nzahora nsaba imbabazi?”

    Iyo uganira na Dr Habumuremyi asobanura ipfunwe yatewe n’amakosa yakoze akamufungisha. Abishingira ku kuba ubusanzwe ari umuntu wagize umugisha akagirirwa icyizere cyo kuba mu buyobozi ku myanya itandukanye.

    Ati “Nayoboye Komisiyo y’Amatora imyaka umunani, nahagarariye u Rwanda muri EAC ndi Umudepite, nabaye Minisitiri w’Uburezi, nabaye Minisitiri w’Intebe, muri miliyoni 11 zirenga, si uko ari njye wari ufite ubwenge gusumba abandi ni icyizere nagiriwe.”

    “Ikosa nicuza ni ukuba naratatiye icyo gihango ngakora ayo makosa kandi naragombaga gutanga urugero nk’umwe mu bagiriwe icyizere n’Umukuru w’Igihugu, ngacikwa urwo rugero sindutange kandi ari njye wagombaga kurutanga nduha n’abaturage bose bakandeberaho. Icyo ndacyicuza.”

    Dr Habumuremyi yahamijwe icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe. Cyakozwe bishingiye kuri Kaminuza ye ya Christian University of Rwanda yari abereye Perezida ndetse akagiramo n’imigabane ingana na 60%, mu gihe umuhungu we afitemo 30% naho Umuyobozi wayo [Vice Chancellor] akagiramo 10%.


    source : https://ift.tt/3BKTBPP

  • Amajyaruguru: Kugaburirira abana ku ishuri byitezweho gutuma batsinda neza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abana ngo ntibazongera guta ishuri cyangwa ngo batsindwe kubera gahunda yo gufatira amafunguro ku ishuri
    Abana ngo ntibazongera guta ishuri cyangwa ngo batsindwe kubera gahunda yo gufatira amafunguro ku ishuri

    Kuva mu ntangiro z’umwaka w’amashuri 2021-2022, watangiye mu kwezi k’Ukwakira, mu bigo bya Leta by’amashuri y’incuke n’abanza, byatangiye gahunda yo gufatira ifunguro rya saa sita ku ishuri.

    Abanyeshuri Kigali Today yasanze ku bigo by’amashuri biherereye mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, harimo ishuri ribanza rya Cyanika II ndetse n’ishuri ribanza rya Munini bafata amafunguro ya saa sita, bahamya ko iyi gahunda ije gukemura byinshi.

    Umuhoza Marie Claire, umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza kuri EP Cyanika II, yagize ati “Mbere tugitaha mu rugo saa sita kuhafatira amafunguro, hari ubwo umuntu yageraga iwabo agasanga ababyeyi badahari, bigiriye mu mirima guhinga, batanabonye umwanya wo gutegura amafunguro. Ibyo bigatuma asubira ku ishuri nyuma ya saa sita atariye, agasinzirira mu masomo kubera inzara. Benshi wasangaga basibira mu ishuri kubera kutiga neza, abandi bakarivamo burundu bitewe no gutinya kwiga ufite inzara”.

    Ati “None iyi gahunda yo gufatira amafunguro ku ishuri, twishimiye ko igiye kudukuriraho izo mbogamizi zari zaradindije imyigire yacu; kuko ubu wa mwanya twajyaga dutakaza tujya mu rugo no kugaruka, tuzajya tuwukoresha mu gusubiramo ibyo twize, kandi n’ubuzima bwacu bumeze neza, tubikesha amafunguro ateguye neza kandi ahagije dufatira ku ishuri”.

    Abana bakurikirana amasomo yabo batekanye mu mubiri bibafasha no mu mitsindire
    Abana bakurikirana amasomo yabo batekanye mu mubiri bibafasha no mu mitsindire

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Dancille Nyirarugero, atangaza ko mu bigo bibarizwa muri iyo Ntara, uhereye mu y’incuke kugeza mu mashuri yisumbuye, gahunda yo kugaburira abana amafunguro ya saa sita ku ishuri irimo gushyirwa mu bikorwa.

    Yasabye ababyeyi ko mu bushobozi bafite bitabira gufatanya na Leta, bakayigiramo uruhare kugira ngo izagende neza.

    Yagize ati “Mu by’ukuri umwana ntiyabasha gukurikira neza amasomo ashonje. Ni yo mpamvu gufatira amafunguro ya saa sita ku ishuri tubibonamo igisubizo gikomeye, kije gushyigikira ireme ry’uburezi bw’abana bacu. Akaba ari na yo mpamvu dushishikariza ababyeyi kutubera abafatanyabikorwa beza b’iyi gahunda, bagira icyo bigomwa, yaba mu buryo bw’amafaranga cyangwa ibiribwa byifashishwa mu gutekera abana ku ishuri, kugira ngo bibaruhurire za ngendo cyangwa kubura amafunguro byajyaga bibaho, bityo babashe kwiga batekanye”.

    Mu bigo by’amashuri byo mu Ntara y’Amajyaruguru byatangiye gushyira mu bikorwa iyi gahunda, biri kwifashisha amafunguro byagenewe na Leta mu gihe bigitegereje kugirana ibiganiro n’ababyeyi ngo impande zombi zemeranywe umusanzu ababyeyi bajya batanga, mu gushyigikira iyi gahunda.

    Guverineri Nyirarugero asaba ubufatanye b
    Guverineri Nyirarugero asaba ubufatanye b’ababyeyi mu gutuma gahunda yo gufatira ifunguro rya saa sita ku ishuri igenda neza

    Leta izajya igenera buri mwana amafaranga 56 ku munsi, umubyeyi na we agire urundi ruhare yongeraho.


    source : https://ift.tt/3aDTnht

  • Kabutare: Abishyuza agahimbazamusyi (PBF) baributswa ko kadatangwa ku itegeko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw
    Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare butangaza ko ikibazo cy’agahimbazamusyi kizakomeza gushakirwa ibisubizo

    Ibyo bitangajwe mu gihe hari abakozi b’ibitaro bishyuza agahimbazamusyi bakanabigaragaza ku mbuga nkoranyambaga bisa nk’aho barenganyijwe, nyamara ibitaro byo bigaragaza ko nta karengane bakorewe kuko guhabwa agahimbazamusyi bikorwa gusa iyo amafaranga ahari.

    Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Kabutare, Dr. Bosco Nsabimana, avuga ko muri rusange amasezerano agenga abakozi bo kwa muganga ateganya ko bahabwa umushahara ariko n’ako gahimbazamusyi kakaboneka ariko ngo ntabwo ko ari itegeko, kuko gatangwa amafaranga yabonetse.

    Agira ati “Nta byacitse ihari nanjye ako gahimbazamusyi mba ngakeneye na DAF w’ibitaro aba agakeneye ntawe wakwima abakozi agahimbazamusyi kabonetse, kuko kaboneka iyo amafaranga ahari iyo adahari ntabwo kaboneka kandi nta burenganzira umukozi aba yambuwe”.

    Avuga ko abitwaza imikorere n’imikoranire y’abakozi bakavuga ko umukozi ushinzwe imari mu bitaro yaba abima agahimbazamusyi ku bushake atari byo, kuko atari we ugena agahimbazamusyi ahubwo gatangwa iyo amafaranga ahari.

    Agahimbazamusyi kava he?

    Umukozi w’ibitaro bya Kabutare ushinzwe umutungo, Karangwa Fabien, atangaza ko abakozi b’ibitaro baheruka agahimbazamusyi ko mu kwezi kwa Gashyantare 2021 kuko kugeza ubu nta handi amafaranga yava ngo bayahe abakozi.

    Karangwa avuga ko muri rusange impamvu abakozi badahabwa agahimbazamusyi ari uko ibitaro biba byinjije umusaruro muke ugererayije n’ibikenewe mu bitaro, ibirarane by’amafaranga yishyurwa n’ikigo cy’ubwiteganyirize (RSSB), abarwayi bavurwa ntibishyure, no kuba hari ibyo abakozi batuzuza ngo umusaruro wiyongere birimo nko kuzuza neza fagitire y’umurwayi.

    Asobanura ko iyo abakozi bavura abarwayi bakoze neza inshingano zabo bakamenya kuzuza inyemezabwishyu z’abarwayi no gukurikirana uko abarwayi bazishyura, kandi bigakorwa ku gihe byatuma amafaranga aboneka kuko usanga ahanini ibitaro biba bifitiwe amadeni menshi ku buryo amafaranga aboneka akoreshwa ibindi byihutirwa kurusha agahimbazamusyi.

    Agira ati “Umuti ntawundi ni uko abakozi bose bamenya inshingano zabo bagakurikirana neza uburyo bwo gukora inyemezabwishyu z’abarwayi kuko iyo urebye nka miliyoni 45frw twinjiza ku kwezi ugakuramo imiti igura asaga miliyoni 20, tugakuramo imishara igera kuri miliyoni 15frw ntabwo agahimbazamusyi gashobora kuboneka”.

    Yongeraho ko umuti w’agahimbazamusyi uri mu biganza by’abakozi igihe bakongera umusaruro nibura ukegera kuri miliyoni 70frw kuko nibura baba bashobora kubona ikinyuranyo cy’amafaranga akenewe ku barwayi no gutanga agahimbazamusyi.

    Agira ati “Hari igihe tugira ibirarane bya RSSB ariko n’iyo icyo gihe itakwishyura twaba dufite amafaranga hafi aho yakoreshwa ibindi, kuko ibyo dusohora ni byinshi kubera ibikenerwa mu bitaro. Unarebye uyu munsi n’imiti kuyigura ni ikibazo ku buryo usanga turimo n’amadeni aho tuyigurira”.

    Abakozi bavuga iki ku kibazo cya PBF?

    Uwitwa Mutijima Christopher avuga ko ikibazo cya PBF kimaze igihe kinini iyo bakoze inama n’ubuyobozi bw’ibitaro babasobanurira uko ibitaro bihagaze n’aho amafaranga aturuka hose, hakaba hashize igihe ngo babasobanurira ko ibitaro bifite amadeni ariko ubundi iyo ahari bayabaha.

    Agira ati “Muri aya mezi mu nama nyinshi batubwiyeko ikibazo cy’amafaranga gihari kandi ko igihe azabonekera bazayaduha, ikibazo cyo kirahari ariko gituruka mu nzira nyinshi kuko badusobanurira ko amafaranga tubona ava mu byo twinjije n’inyongera ya MINISANTE, iyo rero yabonetse barayaduha”.

    Uwitwa Kasongo Mbuya Seraphine uvura abana, asobanura ko ibya PBF atazi uko bikorwa ariko ibisabwa ngo bayihabwe baba babitanze, akavuga ko atazi impamvu itabonekera igihe ariko ngo mu byo yumva harimo kuba amafaranga yo kubaha adayahari.

    Agira ati “Ako gafaranga ni akiyongeraho ngo akazi kagende neza ariko mu kazi kanjye nta kibazo karagenda kuko umushahara wanjye uraboneka buri kwezi. Agahimbazamusyi kabonetse nta kibazo katabonetse ntabwo bituma ntakora akazi kanjye”.

    Mu gushaka kumenya niba mu bindi bitaro agahimbazamusyi kabonekera ku gihe, umunyamakuru wa Kigali Today yavuganye n’umwe mu bakorera ku bitaro bya Kabgayi maze amubwira ko baherutse kubona amafaranga y’ukwezi kwa Gashyantare vuba aha, ubwo na bo baberewemo ibirarane by’amezi arindwi.

    Asobanura ko iyo kabonetse bagahabwa kaba katabonetse bagakomeza gutegereza kuko kava ku byinjijwe mu bitaro kandi ibitaro bya Kabgayi bikunze guhura n’ikibazo cy’amadeni no kutishyurirwa igihe na RSSB.

    Minisiteri y’Ubuzima ishami rishinzwe itangazamakuru n’inozabubanyi ritangaza ko iby’agahimbazamusyi k’abakozi b’ibitaro biri mu bushobozi bw’ibitaro kandi bigengwa n’uturere ibitaro biherereyemo, kandi umuyobozi mukuru w’ibitaro burya aba ari umuvugizi wabyo ku buryo ibyatangajwe n’ibitaro bya Kabutare ari byo byashingirwaho.

    Ibitaro bya Kabutare na byo byemeza ko ikibazo cya PBF atari umwihariko wabo gusa kuko kiri mu bitaro byose byo mu Rwanda, ku buryo uwavuga ko Kabutare ari yo yarenganye gusa yaba akabije.


    source : https://ift.tt/3lJgM7N

  • 1996 – 2021 : Imyaka 25 irashize u Rwanda ruganura urumuri rw’ubumwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamporiki Edouard ni we dukesha iyi nyandiko
    Bamporiki Edouard ni we dukesha iyi nyandiko

    Ubwo ndi aho gutyo ariko, hari undi wicaye i Kigali kapitali mu Rwanda, urimo gutekereza cyane; ararara amajoro adasinziriye yibaza kuri ejo hanjye – nako hacu hazaza, aribaza uko tuzabaho, aribaza uko tuzatura duturanye tukaramba muri iki Gihugu kimaze iminsi 730 kivuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ari mu ntekerezo nyambukiranyabinyejana ngo tuzabe mu Rwanda ruzira umwaga!

    Itsa gato! Banza uhumeke. Ibuka uko byari bimeze muri icyo gihe, cyangwa uko umubyeyi yakubwiye byari bimumereye, niba wari uhari humiriza amaso gato umbwire icyo ubonye; niba utari uhari reka nkubwire: U Rwanda rwasaga n’urwari rwapfuye, u Rwanda rwari rwarangiye, nta cyizere cyo kubaho, nta cyizere cy’ubuzima. Byose ni zeru, kuburyo kubona umuntu wicara akajya mu ntekerezo, akajya mu bucurabwenge, agatekereza ko tuzongera kubaho biragoye. Ushobora bene ibi niwe muntu Nyambukiranyabinyejana, ni umwe uboneka mu binyagihumbi.

    Uwatekerezaga atyo ariko, si njyewe njyenyine arimo gutekerereza. Si wowe wenyinye! Arimo gutekerereza abandi benshi : Arimo gutekerereza umwana ukirokoka Jenoside yakorewe Abatutsi igatwara abe bose agasigara iheruheru, arimo gutekerereza umwana wabonye iwabo bica bagenzi be biganaga mu ishuri, arimo gutekerereza abapfakazi bigunze, arimo gutekerereza umwana wavukiye ishyanga uje mu Rwanda yakuze babwira ko rutemba amata n’ubuki.

    Ibyo yabirenze atekereza cyane kurushaho; arimo gutekereza iby’ikibondo aheruka kumva cyavutse mama we bamukoreye ibya mfura mbi, arimo gutekereza iby’umwana baheruka kumubwira utazi gakondo ye kuko yatandukanye n’abe muri Jenoside yadutwaye abasaga miliyoni; aritsa umutima agatekereza ku mwana ukomoka ku babyeyi baguye ku rugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Ihurizo rirakomeye cyane, kurisasanura ntibyoroshye.

    Mvuze ibyo ahari wumva ndakuvuze, ariko reka nkubwire ko hari n’ibindi biremeye cyane ntavuze. Simvuze ko wenda yahindukiraga akareba uwo atwaje umutwaro akamubwira iby’abanyagwa b’abacengezi, iby’imyumvire idahuye ya bamwe mu bo bakorana muri guverinoma, iby’abakozi ba leta bahembwa kawunga, patte jaune, ibishyimbo n’amavuta, iby’Igihugu gikora kidafite ingengo y’imari n’ibindi byinshi ntarondora ariko nzi ko twese tuzi, twabonye, twasomye, twabwiwe.

    Kera kabaye araryama, dore ko yari amaze iminsi ananiwe cyane kubera ibyo bitekerezo byose, abyutse abwira uwo atwaje ati: “Narose inzozi kandi urabizi ndazikabya; narose wikoreye umutwaro uremereye cyane uza wihuta ungeze hafi urambwira uti: ‘nyakira ndananiwe cyane ntwaza uru ruhembe n’ubundi twasezeranye ubufatanye muri byose, ntera ingabo mu bitugu urugamba ni bwo rutangiye ; kandi aka Kigeli IV Rwabugiri ajya gutera Ankole uru rugamba ntirusaba Imana yeze rurasaba intwari zemye”. Nguko uko Umutwaza w’Umutware yinjiye mu ngamba.

    Bidateye kabiri, Unity Club Intwararumuri iravuka. Hari ku wa Gatatu tariki ya 28 Gashyantare 1996.

    • Iravuka yo kabyara!
    • Iravuka yo gaheka!
    • Iravuka yo kagira inka!
    • Iravuka ngo ubumwe buganze!
    • Iravuka ngo ubwiyunge busage!
    • Iravuka ngo urumuri rwongere rwake!
    • Iravuka twongera kuganura ubumwe!
    • Iravuka twongera kuganura ukuri!
    • Iravuka twongera kuganura i Rwanda!
    • Iravuka ngo twongere tuganuze uRwanda

    Muti se “noneho mbatwaye he? Mbaganishije he? Unity Club n’Umuganura bije bite? Bihuriye hehe?”

    Nyemerera ngusogongeze ku Muganura

    Mu mateka y’u Rwanda, Umuganura wari umuhango ngarukamwaka usumba iyindi, wubahwaga kandi ugahabwa agaciro ibwami no mu muryango w’Abanyarwanda. Ku rwego rw’Igihugu, Umuganura wayoborwaga n’Umwami afashijwe n’abanyamihango b’Umuganura. Muri uwo muhango, Umwami yamurikirwaga umusaruro unyuranye w’Abanyarwanda uvuye impande zose z’Igihugu, umwihariko wa buri karere nawo ukamurikwa.

    Umuganura wari umwanya mwiza wo kuganira ku ntekerezo z’i Rwanda – idewoloji. Yego abantu barateranaga bagasangira, bakagena icyerekezo cy’ahazaza h’Igihugu ariko binjiraga no mu ntekerezo za kure cyane bagacura ubwenge bw’igihe kirekire cy’uko u Rwanda n’abarutuye bazaba babayeho, uko bazaba bitwara n’intekerezo zizaba zibagize.

    Ndatekereza ko aha noneho ubyumvise neza, Unity Club Intwararumuri nk’ihuriro ry’abayobozi bari muri Guverinoma, abayihozemo ndetse n’abo bashakanye, ishingwa mu 1996 ku gitekerezo cya Nyakubahwa Jeannette Kagame, Madamu wa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, igitekerezo ngenga cyari ukugarura ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda bwari bwarasenyutse biturutse ku mateka y’imiyoborere mibi yabibye urwango n’ivangura bikatugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ubu bumwe n’ubwiyunge yatuganuje ubwe kandi agatuma Intwararumuli kujya kuganuza Abanyarwanda bose iyo mbuto y’ubumwe, ni byo byatumye twongera kubaho nk’Igihugu, nibyo byatumye njye nawe twibazaga niba ejo hacu hazagira isura ubu dususurutse, ni bwo bwatumye wa mwana wari ukirokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, ba bapfakazi bari bigunze, wa mwana wavukiye ishyanga, cya kibondo cyavutse ku mubyeyi bakoreye ibya mfura mbi, wa mwana utazi inkomoko ye, wa mwana ukomoka ku babyeyi baguye ku rugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi na wa wundi wari ufite uwe ufungiye ibyaha bya Jenoside ndetse na bamwe bibohoye ingoyi y’ishyamba bagatsinda ikinyoma, bongera kumva u Rwanda, bakumva icyanga cyo kubaho no kugira Igihugu; muri macye twongeye kuganura kubaho, nibwo twongeye kuganura urumuri rwo kubaho nyako.

    Bwari ubwiru buhambaye!

    Nkivuga ku Muganura, nyemerera nkubwire ko mu gikorwa cyawo nyirizina habimburaga umuhango wo kwaka amasuka ibwami, byakorwaga mu kwezi kwa Kanama kanamira Nzeri ari ko kwa munani, hagakurikiraho umuhango wo guturutsa imbuto, aho babibaga zimwe mu mbuto nkuru z’i Rwanda ari zo uburo n’amasaka; bigakorwa mu kwezi kwa Nzeri. Hakurikiragaho kujyana umurorano – uburo cyangwa amasaka byabaga bigenewe kuzavamo umutsima w’umuganura w’ibwami, mu mpera za Mutarama. Nyuma y’umurorano, hakurikiragaho kujya kuzana igitenga ibwami, bigakorwa mu mboneko za Gashyantare. Icyiciro cya nyuma cy’Umuganura kwari Ukuganuzwa n’umwami intekerezo ngari yo kuba umwe, kurwanira ishyaka u Rwanda, bigakurikirwa no kwakira amasaka n’uburo, kuvuga umutsima no kuganura. Bakongera bagahabwa imbuto kandi bagahanurwa kutayirya. Nta Munyarwanda urya imbuto arayibiba!

    Iyo ibirori by’Umuganura byahumuzaga ibwami, buri mutware bamuhaga ibyuhagizo byo kuhagira (gutanga umugisha) inka, imirima n’abantu yayoboraga, na we akajya gucyura ibirori by’umuganura. Yishimanaga n’abaturage ku musozi ayoboye ari nako abagezaho umugisha w’umwami. Abayobozi basabanaga n’abayoborwa mu gitaramo cy’imihigo. Ni muri icyo gitaramo hamurikwaga ibikorwa by’indashyikirwa (inka nziza, umusaruro ushimishije…) maze abakoze neza bagashimwa, ibigwari bikagawa.

    Imiryango na yo yarateranaga, umutware w’umuryango akayobora umuhango n’ibirori byakurikiraga. Cyaraziraga kugira uwo wima cyangwa uheza kuri uwo munsi w’umuganura, kuko buri wese yagombaga kugira umuturanyi asura. Ibirori by’Umuganura byizihizwaga ku mwero w’amasaka. Iyo umwana yezaga amasaka, yaragendaga akaganuza umubyeyi we. Na we akamubwira ati: “nuko ugende uhinge weze”.

    Umuganura n’icyo Unity Club yaganuje u Rwanda

    Kuva mu mwaka w’1996 ubwo hajyagaho Unity Club Intwararumuri, Abanyarwanda batangiye kuganura ku Bumwe n’Ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze guhitana abasaga miliyoni imwe.

    Nk’uko Umuganura wari ugamije kunga ubumwe bw’Abanyarwanda, guhera mu muryango kugeza mu nzego z’imiyoborere, ukaba n’umwanya wo kwishimira umusaruro no gusabana hagati y’abayobozi n’abaturage, niko byangenze no kuri Unity Club Intwararumuri.

    Umukuru w’u Rwanda yaganuje ubumwe n’ubwiyunge abagize Guverinoma, abayihozemo n’abo bashakanye nabo baganuza abandi bayobozi, abo nabo baragenda baganuza n’umuturage w’i Shangi na Shagasha, uw’i Ruhanga na Mbandazi, uw’i Sovu na Sibagire, uw’i Zaza na Janja, uw’i Fumbwe na Janjagiro, uw’i Kibugabuga na Ngeruka, uwa Rwempasha na Katabagemu, uwa Buranga na Vunga, uwo ku Gasoro na Mutende, uwo ku Nkombo no ku Ntenyo, uw’i Rutunga na Gasabo n’ahandi hose mu Gihugu.

    Nta washidikanya ko igitekerezo cyo kongera kubaka Ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda kirangajwe imbere n’Umuyobozi Mukuru wa Unity Club Intwararumuri cyaje ari Igitekerezongenga ndetse gihatse ibindi kuko cyongeye gushimangira isano-muzi “Ubunyanyarwanda” dukomora iyo kwa Gihanga, ariwe watangije Umuganura mu Rwanda. Kuba Umuyobozi Mukuru wacu yarabitekereje, yagaruye intekerezo zari zaratakaye, yagaruye intekerezo zari zarashenywe, yagaruye intekerezo zari zarazimye.

    Muri uru rugendo rw’imyaka 25 Unity Club Intwararumuri imaze, Umuyobozi Mukuru wayo Nyakubahwa Jeannette Kagame arangaje imbere Intwararumuri zose, baganuje u Rwanda n’Abanyarwanda ibikorwa byinshi birimo: Gushimangira gahunda ya Ndi Umunyarwanda nk’Isano-muzi iduhuza nk’Abanyarwanda ndetse n’Igihango cy’Urungano by’umwihariko mu bato.

    Muri iyi myaka 25 ya Unity Club Intwararumuri kandi twabonye byinshi cyane;

    • Twabonye abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994 bongera kubaho;
    • Twabonye ababyeyi b’intwaza bongera gukomera baratwaza;
    • Twabonye ababuze amacumbi bongera kubona aho kuba;
    • Twabonye abana batagiraga epfo na ruguru bongera kwiga ;
    • Twabonye ba bana bareze abandi bongera gukomera, barashinga barahamya ;
    • Twabonye abarokotse bomorwa ibikomere bavuga ubuhambya ndetse baragenda bakira;
    • Twabonye abagize uruhare muri Jenoside bemera icyaha basaba imbabazi;
    • Twabonye abakomoka ku bakoze Jenoside biyambura ipfunwe baterwaga n’abo bakomokaho;
    • Twababonye bavuga, baganira, ndetse bakangurira abandi kuvuga.
    • Yewe, twabonye byinshi byiza cyane!

    Nyamara ariko, n’ubwo kuva mu 1996, Unity Club yaganuje Abanyarwanda Umurage w’Ubumwe n’Ubwiyunge watumye tugera kuri byinshi, hari Abanyarwanda bamwe barumbije – kuko bakibangamira ubumwe n’ubwiyunge, hari Abanyarwanda barumbije bakigaragaza guhakana no gupfa Jenoside yadutwaye abacu, aba bakwiye gukeburwa; niyo mpamvu twe abaganujwe dukwiye gukomeza kuganuza abarumbije bitarindiriye ko izuba rirenga. Dukwiye kubaganuza ngo basubire ku isoko muzi iduhuza nk’Abanyarwanda. Mvuga ibi kandi ndazirikana ko abato bakwiye gukomeza guhabwa imbuto y’ubumwe kugira ngo bazabibe mu murima mwiza bityo bazasarure urumuri rw’ibyiza.

    Muri iyi sabukuru y’imyaka 25 rero ni ngomba ko nk’Abanyarwanda twongera kugaruka ku bikorwa binini cyane Unity Club Intwararumuri yaganuje Abanyarwanda (kuko umuganura atari ibiryo) tukarebera kure cyane mu myaka 25 iri imbere no kurenza tukibaza tuti: “Tuzaba twaraganuje iki u Rwanda?”

    Ni umukoro mpaye buri wese, ariko kugira ngo hatagira ugirango ndamusiganyije reka nshyireho itafari ryange muri iki gitekerezo: Mubona bidakwiye ko hatekerezwa Ikigega cy’Umuganura, muri icyo kigega buri wese akajya ashyiramo nke ku mbuto yejeje mu rwego rwo kuganuza Igihugu n’Umuryango Nyarwanda nk’uko kera byahoze? Hanyuma ku ntekerezo y’ubumwe buri wese agahigira u Rwanda ko azahora arutamika abato bagakurana iyo mbuto y’ubumwe?

    Ntekereza ko Umuntu wese aramutse aganuje u Rwanda uko umwaka utashye, imbuto ye ikabikwa neza mu kigega ahatagera imungu kuko kizira kurya imbuto, yazongera kubibwa ndetse ikera nyinshi kurushaho! Ntekereza kandi ko buri mubyeyi wese agiye atamika umwana ibere akanamutamika u Rwanda nk’uko Cyilima yabisabye, yaba atanze umusanzu ukomeye cyane!

    Gutamika abato u Rwanda, ni ukubakundisha u Rwanda, ni ukubatamika Ndi Umunyarwanda; iyi Ndi Umunyarwanda nayo ikaba kwemera kuba uw’u Rwanda, rukaba urwawe ukarubamo narwo rukakubamo, ukarugendamo, rukakugendamo, ukarukunda, ukarurera, ukarurinda, byaba na ngombwa ukarwitangira, iyi sano ikaba igihango kizira gutatirwa ubuziraherezo.

    Umuyobozi Mukuru wa Unity Club yarebye kure cyane atuganuza intekerezo zishingiye ku kubaka UBUMWE bwacu nk’Abanyarwanda, abo yaganuje twese nk’Abanyarwanda turahari kandi dukwiye kumva ko uwo muganura uzamara imyaka ibihumbi n’ibihumbi; ibi bivuze ko twe twawuhawe dukwiye gukomeza kuganuza abacu, abacu bakaganuza abandi bityo tukazakomeza kuganura ubumwe ingoma ibihumbi.

    Ararekwa ntashira, reka mpfundike, mbe ndambitse ikaramu gato.
    U Rwanda twimana kandi tuzimana iteka n’iteka ni rweme!

    Hon. BAMPORIKI Edouard
    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco

    source : https://ift.tt/2XeriKD

  • Ruhango: Amakoperative arasabwa kwitabira irindi shoramari kuko afite ubushobozi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abashinzwe amakoperative mu karere ka Ruhango bavuga ko bagiye kurushaho gusobanurira abaturage imicungire yayo
    Abashinzwe amakoperative mu karere ka Ruhango bavuga ko bagiye kurushaho gusobanurira abaturage imicungire yayo

    Ayo mafaranga yinjizwa n’amakoperative asaga 200 abumbye abangana na 36% by’abaturage bose b’Akarere ka Ruhango basaga ibihumbi 350, ubuyobozi bukaba bwifuza ko abaturage bizera amakoperative kandi nibura 80% by’abaturage bose bibumbire mu makoperative.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Rusiribana Jean Marie Vianney, avuga ko nibura koperative zigaragara mu karere zifite imari shingiro isaga miliyali Frw, ari na yo mpamvu yifuza ko amakoperative aba ishingiro ry’umuturage w’Akarere ka Ruhango.

    Agira ati “Turifuza ko amakoperative ahereye ku bushobozi amaze kugeraho atangira kwitabira mu bindi bikorwa by’iterambere kuko hari abo usanga bafite miliyoni 50frw, miliyoni 30frw kuri konti yungura banki iyabitse gusa, bakwiye gutera indi ntabwe yo kuyashyira mu rindi shoramari”.

    Yongeraho ati “Niba ari ubukorikori bakora ese nta kuntu batekereza ko bakubaka inzu bacururizamo ibyo bakora, niba ari abahinzi b’umuceri bakaba bakubaka aho bacururiza wa muceri batunganyije”?

    Mu rwego rwo gukomeza kwita ku mikorere y’amakoperative no kurushaho kuyateza imbere, ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwateguye umwiherero w’abakozi bashinzwe amakoperative ku rwego rw’akarere kugera ku rwego rw’imirenge aho bigiye hamwe uko bakemura ibibazo byugarije amakoperative kugira ngo abanyamuryango barusheho guhindura imyumvire.

    Gatete Jean Baptiste ushinzwe amakoperative mu Murenge wa Kinazi, avuga ko bagiye kurushaho kwegera abaturage bakabashishikariza kwibumbira mu makoperative kandi hakurikijwe icyerecyezo cy’Igihugu kigamije kuzamura umuturage hashingiwe ku iterambere.

    Agira ati “Twari dusanzwe tubegera ariko ubu tugiye kurushaho kumanuka duhere kuri za komite ziyobora koperative tubahugure kandi twite ku banyamuryango, kuko wasanganga nk’uko bagabana inyungu mu makoperative bisa nk’ibiharirwa perezida gusa”.

    Nyirabakiga Immaculée ushinzwe amakoperative mu Murenge wa Byimana, avuga ko mu mwiherero bagize hagaragaye uko bagiye kujya bitwara mu gusobanurira abaturage bari muri za Koperative harimo n’uburyo bwo gukemura ibibazo mu makoperative.

    Nyirabakiga avuga ko ibibazo byagaragaye bagiye kwitaho ari ibijyanye no kubona ubuzima gatozi mu buryo bwihuse
    Nyirabakiga avuga ko ibibazo byagaragaye bagiye kwitaho ari ibijyanye no kubona ubuzima gatozi mu buryo bwihuse

    Avuga ko zimwe mu mbogamizi zagaragaraga mu makoperative harimo nko kuba abaturage bataragira imyumvire ihagije mu kwitabira amakoperative, ariko bakaba bunguranye ibitekerezo ku buryo bwo kunoza amasoko ku makoperative.

    Agira ati “Wasangaga hari nka koperative zikora ubukorikori ariko ntibabone amasoko y’ibyo bakora, hakaba na Kompanyi zigura ibiva mu bukorikori zibura aho zibigura. Twarebeye hamwe uko ayo masoko yahura bityo abaturage bakarushaho kwitabira kubera inyungu babonamo”.

    Ku bijyanye no kuba abantu binubira kujya mu makoperative kubera ikibazo cyo kubona ubuzima gatozi, Nyirabakiga avuga ko bagiye kurushaho kunoza uburyo bwo kwihutisha amadosiye asaba ibya ngombwa by’ubuzima gatozi, nibura bwazajya buba bwabonetse mu gihe kitarenze iminsi irindwi.


    source : https://ift.tt/3mPFS3W