Tag: featured

  • Ni ngombwa ko ababyeyi bafatanya n’abarimu mu burezi bw’abana – MINEDUC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ababyeyi bagomba gufatanya n
    Ababyeyi bagomba gufatanya n’abarimu mu burezi bw’abana

    Mu gihe abanyeshuri bamaze gusa igihe cy’icyumweru batangiye igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri wa 2022, Minisiteri y’Uburezi irongera kwibutsa abarezi ko kugira ngo uburezi bufite ireme igihugu cyifuza ko bwahabwa abanyeshuri, butagerwaho ababyeyi batabigizemo uruhare, kuko ureste uruhare rwa mwarimu ariko nurw’umubyeyi ruba ari ingenzi.

    Ngo n’ubwo kugira ngo uburezi bufite ireme bugerweho atari mwarimu wenyine ubihamagarirwa, ariko ni we wa mbere igihugu gihanze amaso kugira ngo iryo reme rigerweho, ariyo mpamvu agomba kubishishikarizwa agaterwa inkunga ifatika harimo n’iy’ababyeyi.

    Minisitiri w’uburezi Dr. Valentine Uwamariya, avuga ko uruhare rw’umubyeyi mu gutezimbere uburere n’uburezi bw’umwana ari ingenzi cyane, kuko umwana aba afite umuryango akomokamo, kandi iyo hatabayeho kuvugana hagati y’umubyeyi n’ishuri, ari umubyeyi nta menya ibibera ku ishuri, ari n’umwarimu iyo abonye ikibazo ku mwana nta menya aho gituruka.

    Ati “Iyo umubyeyi na mwarimu rero bakoranye, bamenya na cya kibazo umwana afite, n’impamvu arimo gusigara inyuma, kuko hari n’igihe zishobora kuba impamvu z’uburwayi. Mwarimu atavuganye n’umubyeyi rero ntabwo ashobora kumenya ngo umwana afite ikihe kibazo, ndetse n’unareba mw’itegeko rigena imitunganyirize y’uburezi twateganyije uruhare rukomeye rw’ababyeyi, kugira ngo bakomeze gukorana n’amashuri bya hafi”.

    Akomeza agira ati “Iyo umwarimu atavugana n’umubyeyi gufasha umwana biragorana, kuko impamvu zishobora gutuma umwana adatsinda neza ziba zitandukanye, hari izishobora guturuka ku burwayi, ku mibereho, ariko wenda no gufata atinze, ababyeyi n’abarimu rero bakoranye bamenya uburyo nyabwo bwo gufasha umwana kugira ngo azamuke”.

    Ababyeyi na bo basanga kugira ngo uburezi bufite ireme bugerweho, uruhare rwabo ari ngombwa, kuko badakwiye kugenda ngo bahugire mu gushakisha imibereho y’abana gusa, ubundi bumve ko ibisigaye mwarimu ari we uzabikora.

    Umubyeyi wifuje ko twamwita mama Akariza, avuga ko uruhare rw’ababyeyi ari ngombwa, kuko hari byinshi baba bazi ku bana babo kurusha ibya mwarimu, kandi byafasha mwarimu kurushaho gutanga uburezi bufite ireme mu gihe habayeho gufatanya.

    Ati “Hari ibibazo umwana aba afite mu buzima busanzwe mu rugo umwarimu atazi, umwana akaba hari ikibazo afite runaka umwarimu atazi, yaba uburwayi, yaba n’imyumvire, ariko kubera ko umwarimu atabizi, umubyeyi atigeze amubwira icyo ikibazo, cyangwa ibyo mwarimu abonera ku ishuri atabwira umubyeyi. Ugasanga umwana ari hagati y’inzira ebyiri ariko zidasobanutse, icyo numva twakora ni uko twajya dukurikirana abana, wabona umwanya ukanyaruka ukajyayo ukaganira na mwarimu, utabonye uko ujya kuri iryo shuri byibuze agahamagara na mwarimu”.

    Ibi ngo bizatanga umusaruro kuko bizafasha abana kumva no gufata neza amasomo yabo, kubera ko mwarimu azaba yamenye neza aho umunyeshuri afite intege, bityo bitume ari ho azajya yibanda.

    source : https://ift.tt/3lObIyI

  • The Ben na Miss Pamella barimo kuruhukira mu birwa bya Maldives #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubu ngo nta munsi wira abo bakunzi badashyize amafoto ku mbuga nkoranyambaga berekana uko barimo kwidagadura muri ibyo birwa bizwiho kuba bikunze kwakira ibyamamare mpuzamahanga.

    Pamella yari akumbuye ibihe byiza n’umukunzi we, uhereye igihe yagendeye asubira i Chicago, muri Amerika, ariko Imana yumvise amasengesho ye, kuko ubu arimo araryoherwa n’ubuzima hamwe n’umukunzi we The Ben.

    Ibyo kuba abo bakunzi baragiye guhurira muri ibyo birwa bya Maldives, byamenyekanye ubwo batangiraga gushyira amafoto yabo ku mbuga nkoranyambaga.

    Nk’uko bisanzwe, Pamella ni we wabanje gushyira ifoto ye ku mbuga nkoranyambaga ari kuri ‘Velassaru Beach’, nyuma hakurikiraho The Ben na we yerekana ifoto ye ari aho hantu, bituma ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga batangira kubihuza.

    Amakuru agera kuri Kigali Today, avuga ko icyamamare The Ben n’umukunzi we bacumbitse muri imwe mu mahoteri iri hejuru y’amazi y’inyanja y’u Buhinde.

    The Ben na Miss Pamella batangiye gukundana mu 2019, ariko ntibahita babihishurira itangazamakuru, ubu bakaba bagiye kumarana hafi imyaka ibiri.

    Mbere y’uko The Ben asubira muri Amerika, muri Chicago aho atuye muri iki gihe, yabanje kujyana Miss Pamella muri Zanzibar, bajya kwizihiza urukundo rwabo bitaruye rubanda.

    Ubu biravugwa ko abo bakunzi uretse kuruhukira muri ibyo birwa bya Maldives, banaje guhura kugira ngo banoze imishinga ijyanye n’ubukwe bwabo.

    Mu 2018, The Ben yavuzweho kuba afitanye ‘ikintu’ n’uwahoze ari umukunzi w’umuhanzi Diamond Platnumz witwa Zari Hassan, ibyo byaje nyuma y’uko Zari ashyize videwo ku mbuga nkoranyambaga, imwerekana ari kumwe na The Ben muri Amerika, ariko The Ben yahakanye ayo makuru.

    source : https://ift.tt/3BPjJcn

  • Musanze: Ikigo nderabuzima cya Gacaca kigiye kuborohereza kubona serivisi z’ubuvuzi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kubaka Ikigo nderaabuzima cya Gacaca bigeze kuri 70%, kikazatangira gukora muri Mutarama 2022
    Kubaka Ikigo nderaabuzima cya Gacaca bigeze kuri 70%, kikazatangira gukora muri Mutarama 2022

    Ikigo nderabuzima gishya kirimo kubakwa mu Mudugudu wa Kanama, Akagari ka Kabirizi mu Murenge wa Gacaca, abaturage bavuga ko nicyuzura kizabaruhura iyo mvune bamaranye imyaka myinshi.

    Nyiraziraboneye Speciose, umwe mu baturage bo muri uwo Murenge, yagize ati “Abaturage b’ino aha muri aka gace, tujya kwivuriza ku Kigo nderabuzima cya Karwasa kiri mu Murenge wa Cyuve abandi bakajya kwivuriza ku Kigo nderabuzima cya Rwaza n’icya Murandi. Umurwayi ugiye kwivuriza hamwe muri ayo mavuriro, akora urugendo rutari munsi y’amasaha atatu akagerayo bimugoye. N’uwo aba ahetswe mu ngobyi, agerayo yarushijeho kuremba, n’abamuhetse bananiwe bitewe n’urugendo rurerure rwo kuzamuka imisozi cyangwa kunyura mu mihanda itagendeka”.

    Ngo hari n’abarwara bakiganyiriza gukora urwo rugendo bikagera ubwo baremba, bakabura imbaraga zo gukora, bikabasubiza inyuma mu iterambere.
    Ku babyeyi bagejeje igihe cyo kubyara, na bo ngo ryabaga ari ihurizo rikomeye nk’uko Mukansanga Rose yunga mu rya mugenzi we abisobanura.

    Ati “Hari nk’uwo inda ifata nko mu masaha ya nijoro, muri kwa gushakisha abamuherekeza no gushyashyana ngo bamugeze kwa muganga, hakaba ubwo abyariye mu nzira bataramugezayo. Iki kigo nderabuzima barimo kutwubakira, kije tugisonzeye, ku buryo twumva n’ubungubu aho kigeze, twahita dutangira kucyivurizamo n’ubwo kitaruzura neza”.

    Abatuye mu Murenge wa Gacaca bivuriza ku bigo nderabuzima biri mu yindi Mirenge kuko batagiraga ikibegereye
    Abatuye mu Murenge wa Gacaca bivuriza ku bigo nderabuzima biri mu yindi Mirenge kuko batagiraga ikibegereye

    Inyubako zinyuranye z’Ikigo nderabuzima cya Gacaca, ziri ku rwego rumwe n’izo ku ibindi bigo nderabuzima byubatswe mu buryo bugezweho. Imirimo yo kucyubaka ikaba igeze ku kigero cya 70%.

    Biteganyijwe ko kizatangira gutanga serivisi muri Mutarama umwaka utaha wa 2022, kikazaba cyiyongereye ku bindi bigo nderabuzima 16 Akarere ka Musanze gafite kugeza ubu.

    Umurenge wa Gacaca utuwe n’abaturage basaga ibihumbi 28, babarizwa mu Tugari 4 n’Imidugudu 24. Abagize ibibazo by’uburwayi, bivuriza ku bigo nderabuzima byo mu yindi Mirenge bihana imbibi nka Cyuve, Remera, Rwaza na Gashaki.


    source : https://ift.tt/3ANBAPR

  • Abapolisi b’u Rwanda bahaye imyenda n’inkweto abakuwe mu byabo muri Sudani y’Epfo – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’iri tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda, Senior Superintendent of Police (SSP) Jeannette Masozera, ni we washyikirije ibi bikoresho abaturage mu izina ry’itsinda ry’abapolisi abereye umuyobozi. Ni igikorwa kijyanye na gahunda yo gufasha abaturage.

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Ukwakira igikorwa cyo gutanga iyi myenda n’inkweto cyakurikiwe n’igikorwa cy’umuganda rusange aho abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bifatanije n’abapolisi bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo basukura hafi ya sitasiyo ya Polisi iri ahitwa Yei.

    Iyi sitasiyo ya Polisi isanzwe ikora ibikorwa by’umutekano aho ikemura ibibazo by’impunzi ziri mu nkambi ebyiri ziri hafi aho. Mu gikorwa cyo gutanga imyenda n’inkweto kandi hatanzwe ubutumwa bugamije gukangurira abagore kurwanya kanseri y’ibere, kongerera ubushobozi abagore, kurengera abana, kurwanya ishyingirwa ry’abana b’abakobwa bakiri bato ndetse abaturage banakangurirwa kugira uruhare muri gahunda zo kurwanya amakimbirane no guharanira amahoro.

    SSP Masozera yagize ati “Abana b’abakobwa bugarijwe n’ibibazo bijyanye n’ihohotera rishingiye ku gitsina, muri iryo hohotera harimo gushyingirwa bakiri bato kandi bagashyingirwa ku gahato. Nk’ababyeyi b’abagore mugomba guha icyizere abana banyu b’abakobwa, mukabarinda, mukanabakangurira kujya kwiga.”

    Abagore na bo bagaragaje zimwe mu mbogamizi bahura na zo mu buzima harimo ibibazo bahura na byo babyara, agahinda gakabije ndetse no kwiyahura.

    SSP Masozera yakanguriye abagore kurenga ku mahame y’umuco atuma bashyingira abana b’abakobwa bakiri bato ahubwo bagaharanira kurwanya iryo hohotera rishingiye ku gitsinda n’irindi hohotera rya kiremwa muntu.

    Dr. Joseph Ndamiye Rugazura, umuyobozi w’itsinda ry’abaganga b’abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro(FPU-3) yagaragarije abagore ibimenyetso bya kanseri y’ibere harimo kubyimba igice cy’ibere, kubabara ibere, abakangurira kujya bihutira kugaa ivnuriro ribegereye kugira ngo basuzumwe igihe babonye bene ibyo bimenyetso.

    Abahawe imyenda ni abakuwe mu byabo mu bice byarimo umutekano muke

    Abagore bashyikirizwa inkunga y’imyenda n’inkweto bagenewe n’Abapolisi b’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3mY6i3G

  • Kwirinda gutokorwa no kutivura amaso, bumwe mu buryo bwo kuyabungabunga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr Mukamana asobanura ko amaso arindwa kuba yatokorwa kuko imyanda ishobora kuyajyamo yazana na mikorobe zayatera indwara.

    Agira ati “Ibintu bitokoza amaso hari igihe biba biriho mikorobe, bityo bigashobora kwangiza amaso. Ni yo mpamvu iyo umuntu ari gukora imirimo ishobora gutarukiriza ibintu mu maso, aba agomba kuyarinda yifashishije indorerwamo zabugenewe.”

    Urumuri rutari karemano nk’urwa telefone, za mudasobwa na za televiziyo na rwo rushobora konona amaso, ari na yo mpamvu abantu basabwa kugabanya umwanya babimara imbere, bakita no ku ngano y’urumuri bifashisha, kugira ngo rutabangiriza amaso.

    Igihe kandi umuntu abonye amaso ye yahinduye ibara, urugero nk’ahasanzwe ari umweru hahindutse umutuku, cyangwa yumva ababara ashaka kuyashima, ngo agomba kureba muganga, akirinda kuba yagira umuti ayashyiramo atari we uwumwandikiye.

    Dr. Mukamana ati “Imiti tuvuza amaso iba ifite indwara runaka ivura, ku buryo uyifashishije mu jisho rirwaye indi ndwara yaryonona. Ni yo mpamvu dusaba abantu bagize ikibazo cy’amaso, kutajya kuri farumasi kwigurira umuti wo gushyiramo.”

    Yungamo ati “Urugero nk’ijisho rifite agasebe, gashobora kuba ari gatoya wowe utakabona. Hari imiti wakwigurira washyiramo, ka gasebe kakiyongera kakaba kanini, maze kakazatera inkovu ku jisho. Iyo inkovu iri ku jisho kureba kwaryo kuragabanuka cyangwa kukanatakara burundu.”

    Dr Mukamana aburira n’abashyira imiti y’ibyatsi mu maso, kuko hari igihe bashobora kuyonona bibwira ko bari kwivura. Abakunze gukora gutya ngo ni ababona ijisho ryatukuye bakavuga ko barwayemo agasimba.

    Ati “Urabona ibyatsi umuntu abyahira mu gisambu, akabizanana na microbe, agashyira muri rya jisho rifite agasebe. Mikorobe zihita zinjira muri ka gasebe noneho zigahita zonona ijisho.”

    Ati “Usibye n’amaso, n’izindi ndwara ntabwo ari byiza kubyivuza, ariko iyo tugeze ku jisho, biba ari ibintu bigoye, binakomeye. kuko urabona amaso ni abiri gusa, iyo upfuye rimwe, uba usigaranye rimwe, na ryo ushobora gutakaza.”

    Asoza asobanura ko indwara y’ijisho bita agasimba akenshi aba ari ijisho riba ryatukuye, rirya umuntu. Mu kurivura na bo babanza kuripima bifashishije ibyuma byabugenewe, ku buryo iyo umuntu agize icyo yishyiriramo, wenda harimo nk’igisebe, bishobora kumugiraho ingaruka.

    Ati “Ntabwo umuntu yareba gutya ngo ahite abona ko hari ikintu mu jisho. We abona ryatukuye, rimurya, akavuga ngo ni agakoko, kandi wenda haba hari nk’icyamuteyemo agasebe. Aho ni ho bibera bibi, kuko iyo agize icyo ashyiramo, ajya kutugeraho tumubwira tuti ihangane nta kintu tukikumariye. Icyo gihe aba azanye inkovu cyangwa igisebe cyabaye kinini kubera ya miti.”

    Iyo kwa muganga bamubwiye ko ntacyo bakimumariye, atangira gutekereza ko amaso arwaye ari amarogano, kandi ari we wabyiteye.

    Umuti kuri bene ibi bibazo nta wundi, ni uko iyo umuntu arwaye ijisho ahita arijyana kwa muganga.

    source : https://ift.tt/3mWBH6M

  • Minisitiri Bayisenge yakebuye abitiranya uburinganire no kwigaranzurana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Bayisenge yashimye uruhare rw
    Minisitiri Bayisenge yashimye uruhare rw’abagore mu iterambere no kwihangira umurimo

    Minisitiri Bayisenge yabigarutseho mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, wabaye ku wa 15 Ukwakira 2021, aho u Rwanda rwifatanyije n’isi kwizihiza uwo munsi ku nshuro ya 24, nyuma y’inama yabereye Beijing mu Bushinwa muri 1997.

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango avuga ko mu kwizihiza uyu munsi ari umwanya wo kwishimira ibyo abagore bagezeho bafashijwe n’ubuyobozi bwiza, hamwe no kureba ibikenewe gushyirwamo ingufu.

    Agira ati “Ntabwo twakwirengahiza uruhare rw’abagore n’abakobwa bagize mu kurwanya icyorezo cya COVID-19 no gutunga imiryango, nk’uko tugomba gufatira ingamba hamwe ikibazo cy’amakimbirane avamo impfu no gutandukana mu miryango.”

    Yongeraho ko ihohoterwa rikorerwa ku gitsina cyane cyane ku bana, kurwanya isuku nke mu miryango, igwingira ry’abana, hakenewe umuryango ushoboye uteye imbere uzira ibyo bibazo, Abanyarwanda bagomba guhangana nabyo.

    Ati “Umuryango dukeneye ni uzira ibyo bibazo kuko tutabibarinze n’ahazaza habo ntihazaba heza.”

    Minisitiri Bayisenge yakebuye abitiranya uburinganire no kwigaranzurana
    Minisitiri Bayisenge yakebuye abitiranya uburinganire no kwigaranzurana

    Akomeza avuga ko kumva neza uburingane, bakabitandukanya no kwigaranzurana ari uburyo bwo kuzuzanya, mu gufashanya bituma umuryango ubaho utekanye.

    Bimwe mu bibazo bikibangamiye abagore mu Rwanda harimo kuba batoroherwa no kubona amafaranga, aho ubushakashatsi bugaragaza ko abagore bakoresha MoMo ari 56%.

    Abagore bo mu Rwanda bishimira iterambere bagezeho n’uruhare bagira mu bukungu, imibereho myiza, imiyoborere n’ubutabera kandi ibi bituma umugore ashobora kugera ku ifaranga n’ubwo hakiri ibibazo.

    inama y’igihugu y’abagore mu Rwanda uvuga ko abagore bangana na 15% bafite imbogamizi zo kudakora ku ifaranga mu gihe abarenga 50% bakoresha uburyo bwo guhererekanya amafaranga, ariko ngo icyorezo cya Covid-19 cyatumye habaho gahunda nka Guma mu rugo yatumye abagore benshi bakoresha igishoro bari bafite.

    Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bagumye mu ngo barahomba, Covid-19 yatumye ihohoterwa rikorerwa abagore ryiyongera.

    Ubushakashatsi bugaragaza ko abagore bagorwa n’inzira igera ku nguzanyo, abayigerageza ni 63% mu gihe abagabo ari 74%, na ho abahabwa inguzanyo abagabo ni 45.5% mu gihe abagore ari 25.5%.

    Inguzanyo zitangwa muri banki z’ubucuruzi abagore bari kuri 5.6% mu gihe abagabo ari 96.4%, icyakora abagore babona amafaranga cyane mu bimina aho bari kuri 51.3% na ho abagabo ni 36.8%, mu nguzanyo zitangwa n’inshuti abagore barizerwa kandi bakaguza cyane bari ku 9.2% mu gihe abagabo ari 4.1%.

    Abagore bagaragaza ko bashoboye ndetse barimo n
    Abagore bagaragaza ko bashoboye ndetse barimo n’abakaraza

    Mu Karere ka Rubavu kizihirijwemo umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, abagore bagatuye bavuga ko bagihura n’imbogamizi zo kugera ku iterambere mu kubona amahugurwa, ndetse utugari tumwe ntibabasha kwiteza imbere uko babishaka kubera kutabona amashanyarazi.

    Icyakora mu mirenge yegereye umujyi wa Gisenyi abagore baracyahura n’ihohoterwa ryo kuvunishwa mu ngo, aho abagabo bigira ntibindeba abagore bakitwa ba ‘Ndongora nitunge’.


    source : https://ift.tt/3AMPrFY

  • Kigali: Dore ibyakozwe byatumye hari benshi batakibarirwa mu manegeka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umudugudu w
    Umudugudu w’ikitegeerezo wa Karama watujwemo benshi babaga mu manegeka

    Inyigo yakozwe mu mwaka wa 2017, yagaragazaga ko imiryango igera ku bihumbi 34 yose yari ituye mu manegeka, gusa ngo kuva icyo gihe kugera uyu munsi, hari imishinga myinshi itandukanye yagiye ikorwa, igamije kugira ngo harebwe uburyo abo bantu bakurwa mu manegeka.

    Imwe muri iyo mishinga irimo umudugudu w’icyitegererezo uherekejwe n’ibindi bikorwa remezo by’ibanze byubatswe i Karama ahazwi nka Norvege, hari n’undi mushinga wo gutuza neza abantu batuye mu kajagari ka Kangondo, bagiye kwimurirwa mu Busanza, aho icyiciro cya mbere cyari kigizwe n’inzu 420 cyamaze kuzura, bikaba biteganyijwe ko mu kuboza hazimurirwayo n’abandi bo mu cyiciro cya kabiri, kuko kizaba cyaramaze kuzura.

    Uretse iyo mishinga ngo hari n’indi yagiye ikorwa, havugururwa imiturire irangwa n’akajagari bidasabye ko abahatuye bimurwa, nk’uko Muhirwa Marie Solange, umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali abisobanura.

    Ati “Tuvuge nk’urugero niba umuntu yari yegereye ruhurura, tukaba twaramubaruye icyo gihe nk’umuntu wari mu manegeka, iyo ruhurura tukaba twarayivuguruye, ubwo ndavuga nk’uyu mushinga wo mu Biryogo twakoze, uwo muntu ntabwo tuba tukimubarira mu bantu batuye mu manegeka, kuko icyashyiraga ubuzima bwe mu kaga tuba twaragikemuye”.

    Uwo mushinga ngo basanze ari mwiza kuko wabashije gufasha abantu bari basanzwe batuye nabi, ukaba wari umushinga w’igerageza (Pilot project) ariko kuko byagenze neza, byatumye hatekerezwaa n’ahandi byakorwa nk’uko Muhirwa akaomeza abivuga.

    Ati “Twahise dushaka n’ahandi hantu harangwa imiturire y’akajagari, ndetse n’abantu bahatuye tukaba tuvuga ko bari mu manegeka, kugira ngo aho na ho tugende tuhavugurura. Icyiciro cya kabiri nacyo ubu tukaba turi hafi kugitangira, tukaba tuzavugurura imiturire y’ahantu hitwa Nyabisindu”.

    Akomeza agira ati “Hariya munsi ya ‘Control technique’, dushyireyo imihanda, kubaka za ruhurura, tugakora inzira z’abanyamaguru, tugashyira n’amatara ku mihanda, ndetse tukaba twagira n’ibindi bikorwa byakunganira abantu batuye aho ngaho, kuba twashobora kubaka cyangwa tukavugurura bitewe n’uko abantu baho baba babisabye kandi bikaba byabafasha”.

    Ikorwa rya za ruhurura ryatumye inzu zizegereye zitakibarirwa mu manegeka
    Ikorwa rya za ruhurura ryatumye inzu zizegereye zitakibarirwa mu manegeka

    Umushinga wo kuvugurura muri Nyabisindu mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, uzajyanirana no kuvugurura akajagari kari mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, ndetse n’abantu bose batuye mu nkengero za ruhurura ya Mpazi ni mu Mirenge ya Gitega, Kimisagara na Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge.

    Mu rwego rwo kugira ngo abatuye Umujyi wa Kigali bakomeze gutuzwa ahantu hadashira ubuzima bwabo mu kaga, ubuyobozi bw’uwo Mujyi, buvuga ko hari iminshinga myinshi itandukanye bufite, irimo n’iyo kureba abatuye nabi, bazajya batanga ubutaka bwabo bakubakirwa, ariko mu gihe barimo kubakirwa bakaba bakodesherejwe ahantu hadashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.


    source : https://ift.tt/3lJPnCu

  • Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda bahaye abaturage imyenda n’inkweto #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’iryo tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda, SSP Jeannette Masozera, ni we washyikirije ibyo bikoresho abaturage mu izina ry’itsinda ry’abapolisi abereye umuyobozi, ni igikorwa kijyanye na gahunda yo gufasha abaturage.

    Ku wa Gatanu tariki ya 15 Ukwakira 2021, igikorwa cyo gutanga iyo myenda n’inkweto cyakurikiwe n’umuganda rusange aho abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bifatanyije n’abapolisi bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo, basukura hafi ya sitasiyo ya Polisi iri ahitwa Yei, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Iyi sitasiyo ya Polisi ikaba isanzwe ikora ibikorwa by’umutekano aho icyemura ibibazo by’impunzi ziri mu nkambi ebyiri ziri hafi yayo.

    Mu gikorwa cyo gutanga imyenda n’inkweto kandi hatanzwe ubutumwa bugamije gukangurira abagore kurwanya kanseri y’ibere, kongerera ubushobozi abagore, kurengera abana, kurwanya ishyingirwa ry’abana b’abakobwa bakiri bato ndetse abaturage banakangurirwa kugira uruhare muri gahunda zo kurwanya amakimbirane no guharanira amahoro.

    SSP Masozera yagize ati “Abana b’abakobwa bugarijwe n’ibibazo bijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, muri iryo hohoterwa harimo gushyingirwa bakiri bato kandi bagashyingirwa ku gahato. Nk’ababyeyi b’abagore mugomba guha icyizere abana banyu b’abakobwa, mukabarinda, mukanabakangurira kujya kwiga.”

    Abagore na bo bagaragaje zimwe mu mbogamizi bahura na zo mu buzima harimo ibibazo bahura nabyo babyara, agahinda gakabije ndetse no kwiyahura.

    SSP Masozera yakanguriye abagore kurenga ku mahame y’umuco atuma bashyingira abana b’abakobwa bakiri bato ahubwo bagaharanira kurwanya iryo hohotera rishingiye ku gitsinda n’irindi hohotera rya kiremwa muntu.

    Dr. Joseph Ndamiye Rugazura , Umuyobozi w’itsinda ry’abaganga b’abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro (FPU-3), yagaragarije abagore ibimenyetso bya kanseri y’ibere harimo kubyimba igice cy’ibere, kubabara ibere, abakangurira kujya bihutira kugana ivuriro ribegereye kugira ngo basuzumwe igihe babonye bene ibyo bimenyetso.

    source : https://ift.tt/3p9jR3a

  • Minisitiri Dr. Ugirashebuja yitabiriye inama rusange ihuza Umuryango wa EAPCCO – #rwanda #RwOT

    Ni inama ngarukamwaka yateranye ku nshuro ya 23, yabereye mu Mujyi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Iyi nama yahuje abaminisitiri bafite Polisi mu nshingano zabo mu bihugu 14 bigize Umuryango wa EAPCCO. Yabaye ikurikira iyateranye ku wa Kane, tariki ya 14 Ukwakira 2021, yahuzaga abayobozi bakuru ba Polisi. Yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Kongera inzego zishinzwe umutekano uburyo bwo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19 no mu bihe bisanzwe.”

    Ibihugu bigize Umuryango wa EAPCCO ni u Burundi, Comoros, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Erithrea, Ethiopia, u Rwanda, Kenya, Seychelles, Somalia, Sudani y’Epfo, Sudani, Tanzania na Uganda.

    Abaminisitiri bishimiye imbaraga ibihugu bigize EAPCCO bishyira mu kurwanya iterabwoba n’ibyaha byambukiranya imipaka binyuze mu bufatanye n’imikoranire.

    Ubwo yafunguraga ku mugaragaro iyi nama, Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean-Michel Sama Lukonde Kyenge, yagarutse ku kamaro k’imiryango yo mu Karere mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.

    Yagize ati “Ni ngombwa guteza imbere ubufatanye n’imikoranire no kubaka ubushobozi mu nzego zigenzura iyubahirizwa ry’amategeko. Ni ngombwa gukomeza guhanahana amakuru no gukumira abanyabyaha.”

    Yashimiye ibihugu bigize EAPCCO uburyo bikomeje gufasha Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, mu nshingano afite muri iki gihe ayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

    RDC ni yo yasimbuye Tanzania ku mwanya w’ubuyobozi bw’umuryango uhuza Polisi zo mu Karere ndetse no ku mwanya w’Abaminisitiri bafite Polisi mu nshingano zabo.

    Abaminisitiri bishimiye umwanzuro wafatiwe mu nama yahuje abayobozi ba Polisi wo gushinga ishuri ryigisha abapolisi ibijyanye n’umutekano wo mu mazi, ishuri rizaba riri i Mwanza muri Tanzania. Muri iki gihugu kandi ni naho hazaba ikigo cy’icyitegererezo cy’amahugurwa ku mutekano wo mu mazi.

    Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahawe inshingano zo gushinga Umutwe ushinzwe Ibikorwa bya Polisi mu Karere, uzaba uri mu kigo cy’icyitegererezo gishinzwe kurwanya iterabwoba, gukusanya, gusesengura no gukwirakwiza amakuru ajyanye n’iterabwoba.

    Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, yitabiriye inama ihuza abayobozi ba Polisi zibumbiye mu Muryango wo mu Karere k’Iburasirazuba (EAPCCO)

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza (hagati) ku wa 14 Ukwakira 2021, na we yitabiriye iyi nama iri kubera mu Mujyi wa Kinshasa

    source : https://ift.tt/3mZFYpV

  • Guverineri Habitegeko na mugenzi we wa Cibitoke bashyizeho uburyo bwo kunoza imigenderanire – #rwanda #RwOT

    Uyu mwanzuro wavuye mu biganiro aba bayobozi bagiranye kuri uyu wa 15 Ukwakira 2021 ku Mupaka wa Ruhwa mu Karere ka Rusizi. Uyu mupaka uherereye muri Komini Rugombo aho itandukanira n’Umurenge wa Bugarama.

    Ibi biganiro byabaye mu gihe urubibi rw’umupaka w’ibi bihugu uhora uhinduka bigizwemo uruhare n’abaturage bacukura amabuye y’agaciro mu Mugezi wa Ruhwa. Gusa hari n’ubwo uyu mugezi wimuka bitewe n’ibiza karemano bigatuma ubutaka bw’igihugu kimwe bujya mu kindi.

    Mu nama aba bayobozi bombi bagiranye hatanzwemo ibitekerezo biganisha mu gukemura ikibazo cy’uyu mupaka, harimo no kuba ku nkombe z’uru ruzi haterwa imigano kugira ngo mu gihe uyu mugezi wakwimuka, urubibi ntiruhinduke.

    Abaturage ku mpande zombi bavuze ko bafite icyizere cyo kongera guhahirana nyuma y’igihe kinini batambuka umupaka.

    Abaganiriye n’itangazamakuru bashimangiye ko umubano w’ibihugu byombi ari uwa kera kuko ngo kuva kera Abanyarwanda n’Abarundi bambukaga Umugezi wa Ruhwa bagahahirana. Ku mpande zombi abaturage bavuze ko bakumbuye kongera guhahirana.

    Guverineri Habitegeko François na mugenzi we Bizoza Carême bemeranyije ko bazajya bahura rimwe buri mezi atandatu naho Meya wa Rusizi na Musitanteri wa Komini Rugombo bagahura rimwe mu mezi atatu.

    Yagize ati “Twahuye kugira ngo tuganire nk’abayobozi b’izi ntara zombi. Murabizi Abanyarwanda n’Abarundi dusangiye byinshi, dusangiye umuco, barema amasoko barashyingirana. Twagira ngo tuganire turebe uko twasubukura ibiganiro bikajya biba buri gihe rimwe na rimwe byadufasha no kwirinda ibibazo by’imipaka twavugaga.”

    Umuyobozi w’Intara ya Cibitoke, Bizoza Carême, yavuze ko nyuma yo kubona ko abaturage ku mpande zombi barengera inkombe z’Uruzi rwa Ruhwa basanze ari ngombwa ko bahura bakabiganiraho kugira ngo bigishe abaturage ku mpande zombi ko ibyo bikorwa bidakwiriye.

    Ibi bihugu byombi byari biherutse guhurira ku Mupaka wa Ruhwa ubwo u Rwanda rwashyikirizaga u Burundi abagabo babiri bakekwaho kuruhungiramo nyuma yo gukorera ubujura i Bujumbura.

    Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba mu Rwanda, Habitegeko François n’Umuyobozi w’Intara ya Cibitoke mu Burundi, Bizoza Carême, baganiriye ku kunoza umubano w’impande zombi

    Abayobozi ku ruhande rw’u Rwanda basuhuza bagenzi babo b’u Burundi ubwo babakiraga

    Nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi, Guverineri Habitegeko (ibumoso) na Meya wa Rusizi, Kayumba Euphrem bahawe impamba ibasindagiza

    source : https://ift.tt/3DJbD5G