Tag: featured

  • Dr. Habumuremyi avuye muri gereza yanditse igitabo cya paji 400 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr Habumuremyi avuga ko muri gereza harimo ibibazo by
    Dr Habumuremyi avuga ko muri gereza harimo ibibazo by’ingengabitekerezo ya Jenoside bikwiye kwitabwaho

    Yabitangarije mu kiganiro cy’ubuhamya bwe yatangiye mu ihuriro rya 14 rya Unity Club Intwararumuri, ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 25 uwo muryango uvutse, aho yagaragaje uko ibibazo by’ingengabitekerezo ya Jenoside biri muri gereza bikwiye kwitabwaho by’umwihariko, kuko bihari kandi hari ingero zifatika zibigaragaza.

    Dr. Habumuremyi yavuze ko muri gereza zo mu Rwanda hafungiye ababarirwa mu bihumbi 100, kandi hari ababashamikiyeho bagera ku 10 kuri buri muntu, bityo ko nibura umuryango wa gereza ushobora kuba uhuje abantu babarirwa muri miliyoni y’Abanyarwanda.

    Agira ati “Icyo nshaka kuvuga ni uko imbaraga turimo gushyiramo hano hanze zikwiye no gushyirwa mu magereza kuko u Rwanda ni igihugu kimwe, abantu bakwiye kuba bagendera umujyo umwe kuko ukuri guhari ni uko nk’Intwararumuri, mvuyeyo maze kubakorera igitabo cy’amapaji 400 ku burere mboneragihugu, ariko imbaraga dushyiramo hanze aha tuzishyire no mu magereza”.

    Avuga ku bushakashatsi bwakozwe ku bijyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside, yagaragaje ko bishoboka ko ababukoze batageze muri za gereza ngo bamenye uko bihagaze, kandi na ho ari mu Rwanda, bafite ibibazo by’ingengabitekerezo ya Jenoside bikubiye mu byiciro bitanu.

    Icyiciro cya mbere yagaragaje ni icy’ingengabitekerezo ya Jenoside igaragara mu matorero ari muri gereza ku buryo bishoboka ko no mu matorero yo hanze ihari, yagaragaje kandi ko hari ababyeyi bafite ingengabitekerezo ya Jenoside bashobora gushyira mu bana babo.

    Hari kandi abana bafite ingengabitekerezo ya Jenoside aho bagaragaza ko batishimiye ubuzima babayemo, bitwaje ko bakomoka mu miryango ikomeye irimo n’iy’abasirikare.

    Ikindi ngo hari abarokotse na bo bagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside, aho badatinya no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho ngo bavuga amagambo nk’ay’interahamwe.

    Dr. Habumuremyi kandi avuga ko hari abantu bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi bokamwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside bakayivanga n’ibyo bita ubuhanuzi, ibyo byose ngo bikaba biteye impungenge igihe ubuzima bw’abo bantu bwakomeza kurangwamo ingengabitekerezo, akifuza ko hasyirwa imbaraga nyinshi mu kubasanga no kubigisha kugira ngo bagendane n’abandi Banyarwanda.


    source : https://ift.tt/3vgSTaM

  • Menya abarinzi b’igihango barindwi bahawe ishimwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu bitanze benshi ni Abanyarwanda, hari abari bakunze kubaho ariko kubera gukunda abandi, barengeye abandi bahara ubuzima bwabo.

    Abashimiwe ni:

    Umubikira Marie Julianne Farrington wo mu muryango wa ‘Ste Marie de Namur’. Ashimirwa umutima w’urukundo n’ubwitange watumye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ava mu gihugu cya Canada yarimo, aza mu Rwanda anyuze mu nzira zigoye agerageza gutabariza no kurokora ababikira yari akuriye, n’abandi bantu bari bahungiye mu bigo by’uwo muryango.

    Abo yashoboye kurokora yabahungishirije mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye umutangabuhamya mu rubanza rwa Kayishema wari Perefe wa Kibuye, yitabye Imana ku wa 21 Mutarama 2012.

    Dufitumukiza Anaclet wavutse mu 1963, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ashimirwa ibikorwa by’urukundo byamuranze hamwe n’ubudahemuka n’ubunyangamugayo mu gufasha Abatutsi bahigwaga.

    Immaculée Ilibagiza, mu 1972 yari mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye, akaba umwe mu banditsi b’abahanga waranzwe no kwigisha ubumwe no kubabarira hirya no hino.

    Amaze kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, yaranzwe no kwigisha ubumwe no kubabarira hirya no hino ku isi ataretse n’aho akomoka, akaba yashimiwe ko ahoza u Rwanda ku mutima arwanya abaruvuga uko rutari.

    Ntawugashira Frédéric wavutse mu 1962, ni umwe mu bashimiwe wari umujandarume, ariko akoresheje ibigango n’ubumenyi yari afite, yamaze iminsi umunani ahanganye n’ibitero byari bigamije kwica Abatutsi bo muri Kaduha muri Gikongoro. Ntawugashira yarokoye Abatutsi barenga 50 n’ibyabo kugeza yishwe.

    Kanyandekwe Prosper wavutse mu 1969, yari umusirikare witangiye ibikorwa byo gukiza abahigwaga mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ahangana n’ibitero by’Interahamwe zishaka kwica Abatutsi kugeza abizize.

    Padiri Nkezabera Augustin wavutse mu 1959, akaba yaravukiye muri Ngororero i Nyange, yaranzwe n’urukundo no kurwanya ibikorwa by’ubugome no kurenganya abandi kugeza Jenoside ibaye yicanwa n’Abatutsi.

    Nkezabera yarengeye inzirakarengane ubwo yageraga i Muramba agasanga Abatutsi batotezwa ndetse bamwe bicwa, yamaganye ibyo bikorwa ashize amanga, abaturage bamwibonamo nk’ubarengera, yicanwe na bo tariki 9 Mata 1994 mu gitero cyari kigamije kwica Abatutsi.

    Musoni Alexis, yavutse mu 1960 muri Muyira mu Karere ka Nyanza, ni umusirikare wari mu mutwe w’Ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu, waranzwe n’ibikorwa by’urukundo no kurengera Abatutsi bicwaga, agendera ku ihame ry’uko adashobora kwica abo ashinzwe kurinda.

    Jenoside yakorewe Abatutsi itangiye, yaranzwe n’urukundo, yarengeye abahigwaga kugeza yishwe itariki 10 Gicurasi 1994.

    Abarinzi b’igihango bashimiwe tariki ya 16 Ukwakira 2021, mu Ihuriro ngarukamwaka rya 14 rya Unity Club Intwararumuri ryahujwe n’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, Umuryango Unity Club umaze ushinzwe.

    Iryo huriro ry’uyu mwaka rifite insanganyamatsiko igira iti “Ndi Umunyarwanda, Igitecyerezo-ngenga cy’ukubaho kwacu”, ryitabiriwe n’abanyamuryango ba Unity Club, abarinzi b’igihango n’urubyiruko n’inshuti za Unity Club.

    source : https://ift.tt/3AJiMBf

  • Nta mutware utagirwa n’abo atwara – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame asanga nta mutware utagirwa n
    Perezida Kagame asanga nta mutware utagirwa n’abo atwara

    Ibyo Umukuru w’igihugu yabigarutseho ku wa Gatandatu tariki 16 Ukwakira 2021, ubwo yari yitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru ya 25 y’umuryango Unity Club Intwararumuri, aho yawushimiye ku ruhare rwawo mu bumwe bw’Abanyarwanda bugaragara uyu munsi.

    Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rutagera ku iterambere n’umutekano hatabayeho ubumwe n’ubufatanye hagati y’abayobozi n’abo bayobora.

    Yagize ati “Ntabwo rero twagera ku iterambere, ntabwo twagera ku mutekano wacu uhagije tudakomeje bwa bumwe. Na ho politiki ya ‘jyewe’, jyewe natekereje ntya, bigomba kumera gutya…Ni byiza, wenda uko utekereza ni bizima. Ariko wibyirundaho ngo bibe ibyawe ku giti cyawe”.

    Yongeyeho ati “Wowe ni wowe kubera undi, uri wowe kubera ko n’undi ari undi. Nta mutware ubaho utagirwa n’abo atwara, ntabwo bibaho. Umutware, uba umutware mwiza wabigizwe n’abo utwara kubera uko bakwibonamo, uko babona ufatanya na bo gukemura ibibazo byabo.

    Perezida Kagame kandi yashimiye abari n’abategarugori bari muri Unity Club ndetse n’imiryango yabo, kubera igitekerezo cyabo kijyanye n’Ubumwe bw’igihugu.

    Madamu Jeannette Kagame
    Madamu Jeannette Kagame

    Ati “Ndashimira abari n’abategarugori babaye igitekerezo, baba igikorwa kijyanye n’Ubumwe bw’igihugu cyacu, birangwa na Unity Club, ndabashimira cyane. Abagabo ntabwo nabirengagije, iyo uvuze umugore uba uvuze umugabo, iyo uvuze umugabo uba uvuze umugore, ni magirirane rero”.

    Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ya Unity Club, byahuriranye n’ihuriro rya 14 ry’uwo muryango, insanganyamatsiko ijyanye n’iyo sabukuru ikaba igira iti “Ndi Umunyarwanda, Igitekerezo-ngenga cyo kubaho kwacu”.

    source : https://ift.tt/3j9zq76

  • Perezida Kagame yashimiye abari n’abategarugori b’ingenzi mu buzima bwe (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa 16 Ukwakira 2021 mu Ihuriro Ngarukamwaka rya 14 rya Unity Club Intwararumuri.

    Iri huriro ry’uyu mwaka rifite insanganyamatsiko igira iti “Ndi Umunyarwanda: Igitecyerezo-ngenga cy’ukubaho kwacu”; ryitabiriwe n’abanyamuryango ba Unity Club, abarinzi b’igihango n’urubyiruko n’inshuti za Unity Club.

    Ryahujwe n’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, Umuryango Unity Club umaze ushinzwe.

    Perezida Kagame yavuze ko imyaka 25 ishize, hari byinshi yafashije mu kubaka u Rwanda n’Abanyarwanda. Yashimiye abari n’abategarugori babaye ku isonga y’igitekerezo kijyanye n’ubumwe bw’u Rwanda binyuze muri Unity Club.

    Ati “Abagore nta wabura gukomeza kubashimira ndetse nizera ko muri ibyo byose ari ibigaragara n’ibindi tubatezeho byinshi biri imbere, ndagira ngo mbisubiremo ko mufata umwanya uhagije mu buzima bwacu natwe tukabona imbaraga tukubakiraho.”

    Yavuze ko umugabo n’umugore ari magirirane ndetse ko we ku giti cye agira amahirwe yo kugira abari n’abategarugori mu buzima bwe.

    Ati “Uhereye ku bakubyara, ugakurikizaho abo mushakana, ugakurikizaho abo mubyara, ndetse wagira n’amahirwe abo mubyara nabo bakabyara ndetse bakabyara abakobwa. Ibyo mvuga ku giti cyanjye ndabizi ko mbisangiye namwe mwese cyangwa benshi muri mwe.”

    Perezida Kagame yavuze ko mu buzima bwe bw’akazi, yagize abari n’abategarugori bamuyobora igihe kimwe, agira n’abamuyobora igihe cyose.

    Ati “Igihe kimwe ubwo ni hanze mu kazi gasanzwe, abakuyobora igihe cyose bikaba abo mubana. Abo tubana nyine nabavuze, guhera ku bakubyara, uwo mwashakanye, uwo mubyara n’abo babyara.”

    “Kugeza ubu ndacyafite ayo mahirwe amfasha no mu kandi kazi nshinzwe. Namwe ayo mahirwe ndayabifuriza kandi murayafite ariko ushobora kugira amahirwe ntunamenye ko uyafite. Icyo mvuga rero, abafite ayo mahirwe bakaba bayazi banabizi, dukomereze aho, abayafite ariko ntibabimenye, babimenye.”

    Yavuze ko abafite ayo mahirwe ntibashake kuyamenya, bakwiriye gufashwa ku buryo bagira ubushake bwo kuyamenya.

    Perezida Kagame yavuze ko kuba mu gihugu, uko kibana n’ibindi bihugu, byose bihera ku muntu ku giti cye. Yavuze ko umuntu igihe cyose akiriho, afite icyo abereyeho kugeza ku munsi azaba atakiriho ariko by’umwihariko akwiriye kwiberaho akanaberaho mugenzi we.

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko Unity Club ari ikimenyetso cy’aho abantu bava, aho bagana n’ikibagira abo baribo. Uyu muryango ngo wibutsa igitekerezo gihoraho cy’icyo abantu bahuriyeho aribwo Ubumwe.

    Ati “Turabashimira ko mwabitwibukije ndetse bigahera no ku bategarugori ariko byazanyemo natwe twese abagabo.”

    Unity Club igizwe n’abayobozi bari muri Guverinoma, abayihozemo, n’abo bashakanye. Uyu muryango washinzwe na Madamu Jeannette Kagame ku wa 28 Gashyantare 1996 hagamijwe gutanga umusanzu mu “Kwimakaza umuco w’ubumwe n’amahoro, byo nkingi z’iterambere rirambye.”

    Mu gihe uyu muryango washingwaga, igihugu cyari gifite ibibazo bikomeye byari bikeneye kwigwaho no gushakirwa umuti wihuse kandi urambye. Birimo kucyubaka mu nkingi zose zirimo umutekano, ubuzima, uburezi, imibereho; gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi no guhumuriza abarokotse; kwita ku mfubyi zari zandagaye; umutekano w’igihugu hibandwa ku w’ibihugu bikikije u Rwanda ndetse no kubaka inzego z’igihugu.

    Unity Club yashyize imbaraga mu kwita ku mfubyi no gukangurira imiryango gufata abana, ndetse abari bakuze ibubakira inzu zo kubamo.

    Perezida Kagame ubwo yageraga mu Intare Arena ahabereye ibirori byo kwizihiza iyi sabukuru ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu

    Perezida Kagame yashimiye abagore b’ingenzi mu buzima bwe barimo na Madamu Jeannette Kagame babana

    Madamu Jeannette Kagame hamwe n’abandi bari mu buyobozi bukuru bwa Unity Club bakata umutsima w’isabukuru

    Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko abari n’abategarugori ari abantu bakwiriye gushimirwa no guhabwa agaciro

    Perezida Kagame yasabye abagize Unity Club gusakaza mu banyarwanda igitekerezo yubakiyeho cy’ubumwe

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko umugabo n’umugore ari magirirane ndetse ko we ku giti cye agira amahirwe yo kugira abari n’abategarugori mu buzima bwe

    Unity Club igizwe n’abayobozi bari muri Guverinoma, abayihozemo, n’abo bashakanye

    Byari ibyishimo ku bayobozi batandukanye bagize Unity Club

    Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa ari gushayaya. Inyuma ye ni Uwacu Julienne yasimbuye

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Jean-Chrysostome Ngabitsinze, ateze amaboko mu kwishimira isabukuru y’imyaka 25 ya Unity Club

    Minisitiri Gatabazi yiyunze ku bandi maze arahamiriza yishimira imyaka 25 Unity Club imaze

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi JMV, asanzwe azwiho ubuhanga mu kubyina ikinimba, imbyino isaba ingufu

    Amafoto: Igirubuntu Darcy & Village Urugwiro


    source : https://ift.tt/3lNS2vd

  • Kwiyoroshya ntacyo bikwambura – Perezida Kagame ahanura abayobozi bikanyiza – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu ni kimwe mu byo yabwiye abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri kuri uyu wa 16 Ukwakira 2021 ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe.

    Mu mpanuro ze, yagarutse ku ngingo Abanyarwanda bose bakwiriye gushyira imbere harimo ubumwe, umutekano n’iterambere ku buryo babihuriraho kandi buri wese akumva ko atibereyeho ahubwo abereyeho mugenzi we.

    Perezida Kagame yavuze ko kwiyoroshya benshi babyumva nabi, bakumva ko ari ukwisuzuguza kandi ahubwo ariko kwihesha agaciro nyako.

    Ati “Kwiyoroshya ntacyo bikwambura, ahubwo bikongerera imbaraga. Kwiyoroshya bitera imbaraga ntabwo bigutesha agaciro. Ariko iyo bidahari, icyo bivuze, uwo bitabonekaho, ni we witekereza gusa, ntabwo atekereza abandi.”

    Abantu babona inyungu mu kwitekerezaho, yavuze ko ziba zitazamara igihe kandi ko zifite ibindi byinshi zangiza kuko hari abandi baba batakaje.

    Ati “Abakuzengurutse niba bashonje bakabona wowe wishimye, ndetse bakabona urajugunya, bariya bantu bagucira urubanza. Urubanza baguciriye ntabwo ruhera ko rusohoka ngo ubibazwe ako kanya ariko amaherezo birakugaruka byanze bikunze. Iryo ni isomo nibwira ko abayobozi twajya duhora twiyibutsa.”

    Perezida Kagame yavuze ko “nta mutware ubaho utagirwa n’abo atwara”, kuko kuba umutware mwiza ubigirwa n’abo utwara kubera uburyo bakwibonamo, ubafasha gukemura ibibazo byabo; hanyuma ukaba mubi kubera ko ariko bakubona.

    Yavuze ko u Rwanda nk’igihugu rwamenyekanye kabiri ku Isi. Ubwa mbere hari ukubera ububi bwarwo [Jenoside yakorewe Abatutsi], ariko uyu munsi nta hantu wajya ngo ntiwumve u Rwanda kandi baruvuga neza kubera iterambere rumaze kugeraho.

    Ati “Birantangaza, hari abantu babikubwira, ngo yagiye muri biriya Birwa byo mu Nyanja ya Pacifique, ibilometero nk’ibihumbi 10 kuva hano. Anyura mu Kibuga cy’Indege bati u Rwanda, bati nibyo, birashoboka? Bati turashaka kuza iwanyu kureba, bati aho tugeze hose batangaho u Rwanda urugero, kuri ibi…Ni ukuvuga rero ko hari ibimaze gukorwa ariko ntabwo bihagije.”

    Iyo ngo ari mu Nama y’Abaminisitiri, hari ubwo ajya atera urwenya akabwira abo baba bari kumwe ko iyo ageze mu mahanga bakamubwira uburyo u Rwanda ari igitangaza, hari ubwo aba yumva yabuze aho ajya yibaza niba abo bantu bazi ibibazo bihari.

    Ati “Ndababwira nti mbura aho njya kuko nzi ibyo twirirwamo […] nkashaka aho njya […] nkavuga nti abo bantu bazi ibyo twirirwamo? Muri za minisiteri, serivisi zitangwa nabi abantu bazitukiwe bazitonganiye, barabizi? Nkababwira nti Imana tugira gusa nayo tutakwishimira cyane ni uko bazaza bagasanga abo duturanye nabo bari inyuma yacu gato cyangwa cyane akaba ari icyo kidukurayo.”

    “Ariko wakwishimira kuvuga ngo baranyogeza kuko ndi igitangaza kubera ko ndutaho gato utameze neza? Mba mbivugira kugira ngo tugire n’uko kwiyoroshya, tutirara, iyo wiraye havamo no kwirata no gusubira inyuma na ka kandi kari karimo kakabura.”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko Abanyarwanda bakwiriye kurangwa no gukunda igihugu, bakarandura utuntu duto dushobora kugisubiza inyuma cyane ko hari ubushobozi burangiza ibyo bibazo.

    Perezida Kagame ubwo yageraga mu Intare Arena i Rusororo ahabereye uyu muhango

    Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, nawe yari yitabiriye uyu muhango

    [Hagati] Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe na Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, baganira

    Umujyanama wa Perezida Kagame mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, ari mu bari bitabiriye kwizihiza iyi sabukuru

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yari yitabiriye

    Perezida wa Sena, Augustin Iyamuremye, akurikiye imbyino zasusurutsaga abari bitabiriye

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, Bamporiki Edouard, yari umusangiza w’amagambo mu gihe cyo gushimira Abarinzi b’Igihango

    Immaculée Ilibagiza yashimiwe ibikorwa by’ubutwari byamuranze, agirwa Umurinzi w’Igihango

    Perezida Kagame yasabye abayobozi kumva ko kwiyoroshya ari ibintu bibongerera agaciro

    Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, ni umwe mu bari barangaje imbere abandi banyamuryango ba Unity Club mu mbyino zo kwishimira isabukuru y’imyaka 25 y’uyu muryango

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


    source : https://ift.tt/2XhL73I

  • KT Radio ku mwanya wa kabiri mu maradiyo yumvwa na benshi mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abashinzwe tekiniki ya KT Radio bayikurikiranira hafi kugira ngo igere ku bayumva nta makemwa
    Abashinzwe tekiniki ya KT Radio bayikurikiranira hafi kugira ngo igere ku bayumva nta makemwa

    Iyo nyigo igaragaza ko Abanyarwanda 99% bari hagati y’imayaka 12-80 bumva radio, kandi radio ikaba igera mu gihugu hose, 63% ni bo bayumva nibura hagati y’iminsi 5-7 mu cyumweru.

    Hagendewe ku hantu radio zishobra kumvikana, Radio Rwanda iza ku mwanya wa mbere na 64% igakurikirwa na KT Radio ku kigeranyo cya 33%, ku mwanya wa gatatu haza KISS FM kuri 29%.

    Iyo nyigo ikomeza ivuga ko radio ikoreshwa na buri wese mu Rwanda, televiziyo ikoreshwa mu bice byo mu mijyi na ho ibinyamakuru byo kuri murandazi n’ibinyamakuru byo mu mpapuro byo bikoreshwa ahanini n’abize.

    Mu byo Abanyarwanda bakunda kumva, amakuru y’imbere mu gihugu aza ku mwanya wa mbere, ku mwanya wa kabiri haza amakinamico n’inkuru zitandukanye na ho ku mwanya wa gatatu haza amakuru y’imikino.

    KT radio ni imwe mu bitangazamakuru bya Kigalitoday Ltd birimo ibikorera kuri murandasi nka kigalitoday.com na ktpress.rw ndetse na youtube channel ya kigalitoday n’iya ktradio.

    KT Radio ikaba yaratangiye kumvikana mu 2012 ikorera kuri murandasi, nyuma iza kujya kuri FM muri 2014. Ibyuma bya KT Radio biri ku minara itanu mu gihigu hose, ni ukuvuga muri buri ntara n’Umugi wa Kigali.

    KT Radio ifite iminara mu Ntara zose z
    KT Radio ifite iminara mu Ntara zose z’u Rwanda no mu Mujyi wa Kigali

    Ibi ni byo biyiha ubushobozi bwo kumvikana mu bice byose by’igihugu ndetse no mu bihugu bituranye n’u Rwanda.

    source : https://ift.tt/3BTbxba

  • Kicukiro: Abagize DASSO bafashije abazunguzayi kureka ubucuruzi bw’akajagari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    DASSO bahaye abari abazunguzayi igishoro ndetse baha ibiribwa uwo bubakiye n
    DASSO bahaye abari abazunguzayi igishoro ndetse baha ibiribwa uwo bubakiye n’inzu

    Byabereye mu Karere ka Kicukiro tariki 15 Ukwakira 2021, muri gahunda yo kurwanya ubucuruzi bw’akajagari no gufasha ababukora kubureka, aho buri umwe muri abo bagore yahawe igishoro cy’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50.000, ndetse n’aho gucururiza hajyanye n’igihe mu isoko rishya rya Kicukiro.

    Ubusanzwe abantu bazi ko urwego rwa DASSO rudacana uwaka n’abakora akazi k’ubuzunguzayi, kubera uburyo baba babakura mu muhanda aho bakunze gucururiza, bigatuma hakunda kubaho intambara hagati y’impande zombi ku buryo baba barebana ay’ingwe.

    Umuhuzabikorwa wa DASSO mu Karere ka Kicukiro, Samuel Niragire, avuga ko abagize uru rwego bazakomeza gufatanya no gukorana neza n’abaturage babagezaho ibikorwa by’iterambere bibafasha mu buzima n’imibereho yabo, anasaba ko abaturage babafasha mu bikorwa byo kwicungira umutekano ndetse n’iterambere kugira ngo barusheho kwiyubakira igihugu.

    Umukozi w’Akarere ka Kicikiro ushinzwe Imirimo rusange, M. Donatien Murenzi, yasabye abahawe igishoro kugikoresha neza, ayo mafaranga akabafasha kwiteza imbere bagafasha na bagenzi babo kureka ubucuruzi bw’akajagari.

    Mu rwego rwo guca ubuzererezi mu bana b’u Rwanda no gufasha imiryango kubaho itekanye, abagize urwo rwego bahaye abana 44 ibikoresho by’ishuri birimo amakaye, ibikapu hamwe n’imyambaro y’ishuri, nyuma yuko bakurwa mu mihanda bagasubizwa mu miryango no kw’ishuri.

    Banahaye abana ibikoresho by
    Banahaye abana ibikoresho by’ishuri

    Kuri iyo tariki kandi, abagize urwego rwa DASSO bo mu Karere ka Kicukiro batashye inzu bubakiye umuturage utishoboye wo mu Murenge wa Kanombe mu Kagari ka Karama, banamuha ibimutunga mu gihe cy’amezi abiri, hamwe n’ibikoresho byo mu nzu birimo intebe, ibitanda, ibiryamirwa n’ibyombo byifashishwa mu rugo.

    Byose bikaba byarakozwe muri gahunda yo gufatanya n’izindi nzego za Leta mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage, bikaba byaratwaye agera kuri miliyoni 4.5 z’Amafaranga y’u Rwanda.


    source : https://ift.tt/3jaQpWx

  • Nyaruguru: Abasigajwe inyuma n’amateka barasaba kubakirwa izindi inzu imiryango ikisanzura #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abasigajwe inyuma n
    Abasigajwe inyuma n’amateka bishimira ko batujwe hamwe n’abandi Banyarwanda, gusa ngo inzu bahawe ntizihagije imiryango yabo

    Umusaza witwa Pangarasi Shumbusho, abana mu nzu n’abahungu be babiri ndetse n’umwuzukuru we bahashakiye abagore, kandi na bo bamaze kubyara.

    Avuga ko inzu yayihariye abo bahungu be hamwe n’abagore babo ndetse n’abandi bana yabyaye, we akajya kuba mu gikoni hamwe n’umugore we.

    Muri rusange hamwe n’umuryango we, ni abantu 17, binatuma we mu byiciro by’ubudehe yaranditswe ubugira kabiri kuko ngo kumwandikaho icyarimwe abantu bose afite mudasobwa zitabyakira.

    Ku kibazo cyo kumenya impamvu adasaba abana be kujya gutura ukwabo, agira ati “Nta nzu zo kubamo bafite, sinabirukana. Birambangamiye, ariko nta kundi nabigenza.”

    Icyakora, abakazana be bo bavuga ko babangamirwa n’uko usanga badenduye hasi mu nzu, abagore n’abagabo ndetse na barumuna b’abagabo babo.

    Icyimanimpaye na Uwacu bafite imyaka 19, bakaba barashatse bafite imyaka 16 umwe na 17 undi. Usanga bagira bati “Biratubangamiye, muzadukorere ubuvugizi tubone aho kuba hacu.”

    Ishimwe Mulisa ubu ufite imyaka 17, bigaragara ko yashatse ari muri 15, na we ati “iyaba byashobokaga ngo tugire inzu yacu.”

    Innocent Mutabazi na we utuye mu Mudugudu wa Nyembaragasa, avuga ko Shumbusho atari we wasigajwe inyuma n’amateka wenyine ubana n’abakazana mu nzu, ahubwo hari n’abandi barimo umusaza ubana n’umukwe we mu nzu, akaba afite n’abahungu urebye na bo bageze mu gihe cyo gushaka, ku buryo na bo byanze bikunze ari ho bazashakira.

    Muri iriya miryango 34 ituye mu nzu 20 kandi ngo ntihabariyemo abakobwa bagiye babyarira iwabo inshuro ebyiri cyangwa eshatu.

    Ati “Iyo umukobwa amaze kubyara kabiri gatatu, urebye na we aba afite umuryango ku buryo atagombye kuba akibarirwa iwabo, kandi muri uyu Mudugudu barahari.”

    Ku bijyanye n’igitera uku gusanga imiryango itatu ine y’abasigajwe inyuma n’amateka ituye mu nzu imwe i Nyembaragasa, umusaza Célestin Nyandwi avuga ko biterwa no kuba abana babo bageze igihe cyo gushaka nta butaka bafite bwo kubakaho.

    Agira ati “Tutaraza hano umwana yajyaga kuzana umugore akigondagondera akazu k’ibyatsi, bakagaturamo. Hano ni mu kwa Leta ntibabona aho bubaka. Keretse bikozwe na Leta, ikabatuza. Na ho ubundi natwe bidutera isoni.” Icyakora, ntiyemeranywa na Mutabazi uvuga ko bituruka ku bujiji.

    Agira ati “Uretse abana batoya barimo kwiga ubungubu, abasigajwe inyuma n’amateka ba hano ntabwo babashije kwiga muri rusange. Abasore bakagiye mu mujyi n’ahandi hatandukanye bagashaka akazi, bakazajya baza ino batwereka abakazana. Si ko byifashe, kuko ntiwajya gushaka ubuzima utazi gusoma no kwandika.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru w’agateganyo, Janvier Gashema, avuga ko bateganya kubakira abatishoboye muri uyu mwaka w’ingengo y’imari, kandi ko harimo n’abasigajwe inyuma n’amateka.

    Ati “N’iriya miryango ibana mu nzu imwe tuzayituza, kandi bazatuzwa mu midugudu irimo n’abandi Banyarwanda. Ikigamijwe ni uko baturana n’abandi, kugira ngo bajye babareberaho, maze na bo bazatere imbere.”

    Na ho Vincent Bavakure, Umuyobozi nshingwabikorwa w’umuryango w’ababumbyi bo mu Rwanda, Coporwa, agaruka ku kuba abana b’abasigajwe inyuma n’amateka b’i Nyembaragasa bamwe bagenda babyarira iwabo kenshi, abandi na bo bagashaka bakiri batoya.

    Uretse ubukangurambaga, undi muti kuri iki kibazo ngo ni ugukora ku buryo abana batoya biga, n’abakuze batakigiye ku ishuri bakigishwa imyuga yo kubafasha kubona umurimo bakora, bityo bakabasha kwibeshaho n’ababashuka ntibabone aho babahera.


    source : https://ift.tt/3BPcW2y

  • Abiga muri IPRC-Kigali bagiye gufatanya na RTDA gukora imihanda y’imigenderano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RTDA n
    RTDA n’Umujyi wa Kigali barifuza abize muri IPRC-Kigali benshi bafasha gukora imihanda y’imigenderano n’iyo mu midugudu

    RTDA hamwe n’Umujyi wa Kigali bafitanye amasezerano na IPRC-Kigali, agamije gufasha abiga iby’imihanda kwitoreza ku murimo no guhabwa akazi mu gihe bibaye ngombwa.

    Leta y’u Rwanda ibinyujije mu Kigo RTDA, ifite gahunda yo gushyira kaburimbo iciriritse (yitwa bicouche) mu mihanda yo mu cyaro izwi nk’imigenderano, bagereranya ko yaba ireshya n’ibilometero 30,000.

    Enjeniyeri wa RTDA ushinzwe ibijyanye n’imihanda y’imigenderano, Mugabo Gustave, avuga ko iyo mihanda hafi ya yose igizwe n’itaka rya kariyeri, kandi hakaba aho yangiritse itorohereza ingendo z’abantu n’ubwikorezi bw’umusaruro ahanini ukomoka ku buhinzi, ubworozi n’ubucukuzi.

    Imodoka imena godoro mu muhanda bamaze gusasamo amabuye
    Imodoka imena godoro mu muhanda bamaze gusasamo amabuye

    Yavuze ko imihanda y’imigenderano irimo kaburimbo iciriritse itarenza ibilometero 450 mu Gihugu hose, kandi kuyobora imirimo yo kuyubaka bikaba bikorwa akenshi n’abanyamahanga cyane cyane Abashinwa n’Abahinde.

    Enjeniyeri Mugabo yagize ati “Kumva mu gihugu cyacu hari ba rwiyemezamirimo b’abenegihugu batarenze batatu cyangwa se batanu babishoboye (iyi mirimo), ni ikibazo gikomeye ariko kigomba kugenda gikemuka twifashishije aba bana biga muri IPRC, barimo kugenda bimenyereza hano”.

    Mugabo avuga ko RTDA yanagiranye amasezerano n’Urwego rushinzwe Iterambere (RDB), kugira ngo abarangiza kwiga bitwa ‘young engineers’ bajye bakorana na ba rwiyemezamirimo, mu rwego rwo kuzabasigira ubumenyi bwabahesha kwegukana imirimo y’ubwubatsi bw’imihanda, bikazafasha Leta kudakomeza guhendwa ishaka abakozi baturuka kure.

    Bareba ahatungabyirizwa ibikoreshwa mu gukora kaburimbo (amabuye na godoro)
    Bareba ahatungabyirizwa ibikoreshwa mu gukora kaburimbo (amabuye na godoro)

    Ku wa Gatanu tariki 15 Ukwaki 2021, abanyeshuri 42 barimo kurangiza kwiga muri IPRC-Kigali bagiye mu Karere ka Gatsibo kwiyungura ubumenyi buruseho mu bijyanye n’imihanda, kuko n’ubusanzwe ngo hari iyo bamaze gukora mu kigo bigamo.

    Umunyeshuri witwa Mugenzi Fabrice wiga mu mwaka wa gatatu muri IPRC Kigali yagize ati “Twebwe abarimo gusokoka ni twe tugiye kujya dukora iyi mihanda, ni yo mpamvu twaje hano kugira ngo turebe niba ibyo twize bihura n’ibiri kuri ‘terrain’, nyuma tuzaze tubasimbura aho kugira ngo bajye bahora badutwara akazi. Iyi mihanda dushoboye kuyikora kuko hari imeze nk’iyi twakoze mu kigo”.

    Umwarimu wigisha ibijyanye n’imihanda muri IPRC-Kigali, Buregeya Theoneste, avuga ko bamaze gusohora abize ibijyanye n’imihanda bagera ku 120 kuva muri 2015, ariko ko bakomeje kwiyongera uko imyaka ishira.

    Buregeya avuga ko RTDA n’Umujyi wa Kigali bagaragaje ko imirimo yo gukora imihanda y’imigenderano hirya no hino mu midugudu ndetse no gusana imihanda muri rusange, bashaka kuyegurira urubyiruko.

    Imashini itsindagira
    Imashini itsindagira

    Yakomeje agira ati “Mu Mujyi wa Kigali twabonye ko hari ibirometero byinshi(bikeneye gukorwa) ugereranyije no mu cyaro, hariho n’imihanda mu midugudu aho batugaragariza ko byaba bibabaje kubona amazi abasenyera nyamara hari umunyeshuri wize ibijyanye n’imihanda”.

    Imihanda y’imigenderano irimo gukorwa mu Karere ka Gatsibo n’ahandi, ikozwe n’amabuye basya bakayasanza hasi bakamenamo godoro (bigahinduka kaburimbo iciriritse), hakaba n’ahandi bavanga isima n’umucanga w’utubuye (bita gravier), bakayikurungiza hasi babanje kuhasasa utwuma twa ‘fer-à-béton’.

    Umuhanda wa kaburimbo iciriritse ushobora kumara imyaka ibarirwa hagati ya 10-15 ukaba ari wo uhendutse kuko ikilometero kimwe cyawo ngo gikorwa n’amafaranga abarirwa muri miliyoni 120.

    Ni mu gihe uwa sima wo uramba kugera ku myaka 30, ariko ngo urahenze cyane kurusha uwa kaburimbo iciriritse ‘bicouche’, n’ubwo nta kigereranyo cy’amafaranga awukoze cyatangajwe.

    Abiga muri IPRC-Kigali bagiye gusura imihanda ikorwa mu Karere ka Gatsibo
    Abiga muri IPRC-Kigali bagiye gusura imihanda ikorwa mu Karere ka Gatsibo

    Mu byo abanyeshuri biga gukora imihanda baba bagomba kumenya hari ukuyobora imodoka n’imashini ziyikora, kugorora, umuvuduko zigenderaho, urugero amabuye amenwamo iyo bayasya, urugero rw’ubushyuhe bwa godoro bamena hasi, uburyo ibisanzwa hasi bigomba kuba bingana mu bunini no mu bwinshi, ubuhaname bw’umusozi, kwirinda imikuku n’uburyo sima ivangwamo.


    source : https://ift.tt/3FRNewQ