
source : https://ift.tt/3FNz1Rk

source : https://ift.tt/3FNz1Rk

Ni mu ijambo yagejeje ku bitabiriye umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 y’Umuryango Unity Club Intwararumuri, wabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 16 Ukwakira 2021.
Perezida Kagame yagarutse ku byiza u Rwanda rumaze kugeraho, ariko anenga abakomeje kubisubiza inyuma, aho yasabye abari aho bose gushyiramo imbaraga iterambere ry’igihugu rikarushaho kwiyongera.
Yatanze urugero rw’uburyo bamwakira neza iyo yasuye ibindi bihugu, avuga ko hari ubwo atekereza ku bikorwa nabi bitewe n’abatita ku nshingano zabo, muri uko kumwakira neza batangarira ibyo u Rwanda rwagezeho, hakaba aho bimutera impfunwe.
Yagize ati “Njyewe hari ubwo ngera mu bindi bihugu bakambwira ngo eh ni wowe Perezida w’u Rwanda? Ndababwira nti.., mbura aho mpungira kubera ko mba nzi ibyo twirirwamo, nkavuga ni yeee mba mu Rwanda, bakavuga bati muri ibitangaza muri iki…, ngashaka aho njya, nkavuga nti, ese aba bantu bazi ibyo twirirwamo?”.
Arongera ati “Abantu muri za Minisiteri, abantu muri serivisI zose zitangwa nabi, abantu bazikubitiwe, bazitonganiye, bazitukiwe, twirirwa duhangana nabyo buri munsi, ese barabizi? Umunsi babimenye…! Ngatekereza nti Imana tugira, gusa na yo tutakwishimira cyane, Ni uko bazaza bagasanga abo duturanye na bo bari inyuma yacu gatoya cyangwa cyane”.
Perezida Kagame yabwiye abari aho ko bidakwiye ko umuntu yakwishimira kuvuka ko bamwogeza kuba ari igitangaza, kubera ko arutaho gato utameze neza, asaba abari aho kwirinda kwirara kugira ngo igihugu kidasubira inyuma.
Agira ati “Wakwishimira kuvuga ngo baranyogeza ko ndi igitangaza kubera ko ndutaho gato utameze neza? Ibyo hari uwo byashimisha, mba mbivugira rero kugira ngo tutirara, umuntu wiraye havamo no kwirata, havamo no gusubira inyuma na ka kandi kari kariho kakabura”.
Yasabye abari aho kuzirikana kurwanya ibibi bakora, bagerageza gukora ibintu bisabwa mu buryo burambye, mu rwego rwo gufasha abazamuka kuzakurikiza inzira nziza y’abababanjirije, avuga ko kugira ngo iyo mikorere myiza irambe, ari uko buri wese yakagombye gukora neza inshingano ze.
Ati “Turubaka umuco, turubaka igihugu, turubaka ubumwe, turubaka amajyambere n’umutekano ariko mu buryo burambye. Kugira ngo burambe ni uko ukuramo akarenge kawe, undi agashyiramo ake ariko mu nzira igana ahakwiye, u Rwanda aho rugeze tureke kurusubiza inyuma kandi icyarusubiza inyuma ni utuntu duto nk’utwongutwo, tutagiye tuturandura ngo tutuvemo. Bavuze gukundana, mugire gukunda igihugu, ukunde mugenzi wawe, ukunde umuturanyi, ukunde uwo mukorana”.
Arongera ati “Kandi gukunda ntabwo bavuze ngo ushake kuba nk’undi, oya baho ukwawe, uko umeze n’uko ushaka, ahubwo uhore uharanira kugira ngo utere imbere bibe byiza kurushaho, ibyo turamutse tubyumvise tukabiharanira byagufasha, kandi dufite ubushobozi bwose burangiza ibyo bibazo navuze. Ntaho wajya kugura intekerezo nzima, hari aho muzi bazigura? Hari aho wari wajya mu iduka ngo usange bacuruza intekerezo? Wenda uzahasanga ibitabo usome, ariko intekerezo ntabwo ziba mu bitabo”.
Perezida wa Repubulika yashimangiye ko kwimakaza umuco mu byo abantu bakora byose, ari byo bishobora kubagirira akamaro mu kazi kabo ka buri munsi kandi umuntu akamenya agaciro ka mugenzi we, avuga ko buri wese yagombye kubakira ku bigomba gukorwa akarushaho kubinoza, kugira ngo iterambere ry’igihugu ryiyongere.

source : https://ift.tt/3j9YCu8
Bafatanwe bimwe mu bikoresho bifashishaga bakora ibyo byangombwa harimo mudasobwa igendanwa, mudasobwa yo mu biro n’udukoresho tubikwaho ibintu (External hard disks).
Aba bose beretswe itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Ukwakira, ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera.
Umwe mu bafashwe yemeye ko we na bagenzi be bishoye mu bikorwa byo gukora inyandiko mpimbano bagamije kubona amafaranga.
Yagize ati” Njyewe ubundi nigisha gutwara imodoka i Nyamirambo ahitwa kuri tapis rouge, nafashwe ngerageza gufasha abanyeshuri banjye kuzabona impushya za burundu bitabagoye. Mugenzi wanjye yaranyegereye ansaba ko namwoherereza abanyeshuri bakeneye Perimi ngo aborohereze kuzibona. Narabyemeye kuko nacyekaga ko ari umupolisi.”
Yakomeje avuga ko yari yizeye ko abo banyeshuri bazabona perimi za nyazo kuko mugenzi we yari yaramubeshye ko ari umupolisi. Yavuze ko bitabahiriye kuko bafashwe batarasohoza umugambi.
Uwafashwe yiyita umupolisi yavuze ko atari umupolisi n’ubwo bagenzi be bari bazi ko ari we.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko abafashwe bafatiwe mu bikorwa bya Polisi biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.
Ati” Aba bantu barimo uwiyitaga umupolisi bakoraga ibyangombwa bitandukanye birimo impushya zo gutwara ibinyabiziga bakazigurisha abaturage. Polisi yarabashakishije barafatwa, turagira ngo dutange ubutumwa ku muntu wese wijandika mu byaha nk’ibi uko yabikora kose azafatwa abibazwe.”
Yakomeje avuga ko umwe muri abo bantu yahoze ari umupolisi ariko ubu atakiri we kuko yarirukanwe biturutse ku myitwarire ye mibi. Yagiye akorana n’abarimu bigisha gutwara ibinyabiziga ndetse na bamwe mu bantu bakora inyandiko mpimbano.
CP Kabera yakomeje akangurira abantu kuba maso kandi bakanyura mu nzira zemewe mu gushaka ibyangombwa.
Yagize ati” Abantu bagomba kuba maso kandi bagakurikiza amabwiriza. Aba bantu bagomba kubera isomo abandi ndetse n’ushaka ibyangombwa akanyura mu nzira zemewe, bakirinda inzira z’ubusamo zishobora gutuma bamburwa amafaranga yabo cyangwa bakagushwa mu byaha.”
Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakurikizwe inzira z’amategeko ariko hakaba hakirimo gushakishwa abandi bakoranaga n’abafashwe.
source : https://ift.tt/3AKpcQl
Imibare iheruka gutangwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza yerekana ko abangavu 130 batewe inda imburagihe mu bihe by’icyorezo cya Covid-19.
Ibarura ryakozwe ryagaragaje ko muri ako Karere hari abangavu 147 batarageza ku myaka 20 y’amavuko batewe inda imburagihe mu mezi atatu gusa.
Mu gutangiza ubwo bukangurambaga, kuri Stade ya Nyanza habereye umukino wa gicuti wahuje ikipe ya Nyanza FC na Rayon Sports, urangira amakipe yombi anganyije ibitego 2-2 mu mukino wa Gicuti wabaye ku wa Kane tariki 14 Ukwakira 2021 wari no mu rwego rwo gutangiza gahunda yiswe “Gikundiro ku ivuko”.
Muri iyo gahunda Rayon Sports na Nyanza FC ku bufatanye na FXB Rwanda, bafatanyije mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa, by’umwihariko isambanywa ry’abana n’abangavu.
Iyo gahunda y’ubukangurambaga izajya iba ngarukamwaka aho Ikipe ya Rayon Sports izajya ijya i Nyanza nk’ahantu yavukiye, ikine imikino ya gicuti ndetse inafashe ako Karere mu bukangurambaga butandukanye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yavuze ko Rayon Sports nk’ikipe yavukiye i Nyanza ndetse ikaba ifite abakunzi n’abafana benshi byoroshye cyane kugira ngo itange ubutumwa kandi bugere ku bantu benshi.
Ati “Ndagira ngo uyu munsi twishimire ko twangije gahunda yitwa Gikundiro ku ivuko. Ni igikorwa dutangije uyu munsi ariko kizaba ngarukamwaka kikaba kigamije gukomeza isano iri hagati ya Rayon Sports n’Akarere ka Nyanza. Rayon Sports n’ikipe yavukiye i Nyanza, iba i Nyanza kandi n’uyu munsi irahaba nubwo ituye i Kigali. Tuyihoza ku mutima kandi nayo iduhorana ku mutima.”
Asobanura impamvu bahuje iki gikorwa n’ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa yagzie ati “Iki gikorwa twagitangije tugihuza n’insanganyamatsiko ivuga ngo twamaganye ihohoterwa by’umwihariko isambanywa ry’abana.”
“Mu by’ukuri guhuza Gikundiro ku ivuko n’iyi nsanganyamatsiko yo kurwanya ihohoterwa bifite imvano kuko Rayon Sport na Nyanza FC bafite abakinnyi b’inyangamugayo kandi bafite uruhare mu kwigisha Abanyarwanda benshi; iyo ubutumwa butanzwe n’umukinnyi bugera kure kandi bwafasha guhindura imyumvire. Nkaba nshimira umuryango wa FXB Rwanda nk’umuryango utari uwa Leta wadufashije gutegura uyu mukino ndetse n’iki gikorwa muri rusange.”
Mbere y’uko igice cya Kabiri cy’umukino gitangira ba Kapiteni b’amakipe yombi batanze ubutumwa bwo kurwanya ihohoterwa, by’umwihariko bamagana icyaha cyo gusambanya abana n’abangavu.
Umwe mu bakobwa wahuye n’ikibazo cy’ihohoterwa agaterwa inda imburagihe akiri muto, yavuze uko byamugendekeye n’uburyo byamusubije inyuma by’umwihariko ntashobore gukomeza amashuri.
Ati “ Nakorewe isambanywa nkiri muto nterwa inda ku myaka 17. Nabonaga nta makiriro, nta cyerekezo cy’ubuzima gusa umuryango wa FXB wamfashe mu bana babyaye bakiri bato baramfasha ndongera nsubira kwiga, none ubu natsinze ikizamini cy’umwaka wa gatatu. Ndasaba barumuna banjye kudahishira ababakorera ihohoterwa, bagatangira amakuru ku gihe bavuga ibari ku mutima kuko niwo musanzu wo gukumira isambanywa ry’abana.”
Mbere y’uko uyu mukino utangira, ikipe ya Rayon Sports yasuye Ingoro y’Amateka y’Abami mu Rukari berekwa ibiranga umuco w’u Rwanda n’uko Abanyarwanda babagaho kera.
Nyuma y’umukino amakipe yombi yasinyanye amasezerano n’Umuryango utari uwa Leta wa FXB kugira ngo bajye bafatanya mu bikorwa by’ubukangurambaga butandukanye.
Umukino wahuje Rayon Sports na Nyanza FC wari no muri gahunda yo kwitegura shampiyona haba mu cyiciro cya mbere kuri Rayon Sports ndetse n’icya kabiri kuri Nyanza FC aho ibi byiciro byombi bizatangira tariki ya 30 Ukwakira 2021.

source : https://ift.tt/3DQvr78
Ku wa 16 Ukwakira 2021, nibwo hateranye Ihuriro ngarukamwaka rya 14 rya Unity Club Intwararumuri. Habumuremyi Pierre Damien umaze iminsi itatu afunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame ni umwe mu baritumiwemo.
Mu 2020 nibwo Pierre Damien yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo icyo gutanga sheki zitazigamiye n’icyaha cy’ubuhemu. Icyo gutanga sheki cyaje kumuhama ahanishwa igifungo cy’imyaka itatu.
Abinyujije kuri Twitter, Habumuremyi yashimiye Madamu Jeannette Kagame ku bw’amahirwe yahawe yo kongera gutumirwa mu ihuriro rya Unity Club.
Yashimiye kandi Perezida Kagame ku bw’imbabazi yamuhaye “zatumye agirirwa ubuntu bwo gutumirwa gusangira ibyiza by’urugendo rw’ibikorwa bya Unity Club.”
HE @FirstLadyRwanda mbashimiye mbikuye ku mutima amahirwe mwampaye yo kongera gutumirwa mu ihuriro rya @UnityClubRw.Nongeye gushimira HE @PaulKagame wampaye imbabazi zatumye ngirirwa ubuntu bwo gutumirwa gusangira ibyiza by’urugendo rw’ibikorwabyaUnityClub.Muri intwararumuri koko
— Habumuremyi P.D (@HabumuremyiP) October 15, 2021
Unity Club igizwe n’abayobozi bari muri Guverinoma, abayihozemo, n’abo bashakanye. Uyu muryango washinzwe na Madamu Jeannette Kagame ku wa 28 Gashyantare 1996 hagamijwe gutanga umusanzu mu “Kwimakaza umuco w’ubumwe n’amahoro, byo nkingi z’iterambere rirambye.”
Iri huriro ry’uyu mwaka rifite insanganyamatsiko igira iti “Ndi Umunyarwanda: Igitecyerezo-ngenga cy’ukubaho kwacu”; ryitabiriwe n’abanyamuryango ba Unity Club, abarinzi b’igihango n’urubyiruko n’inshuti za Unity Club.
Ryahujwe n’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, Umuryango Unity Club umaze ushinzwe. Byabereye muri Intare Conference Arena iri i Rusororo.
source : https://ift.tt/3aIljks
Kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukwakira 2021 nibwo abaturage bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali bazindukiye muri Car Free Day iba kabiri mu kwezi.
Maj Gen Murasira ni umwe mu bayobozi bakunze kwitabira iyi siporo ngarukakwezi. Uretse Maj Gen Albert Murasira yanitabiriwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije Ushinzwe Imiturire n’Ibikorwaremezo, Dr Mpabwanamaguru Merard.
Bitandukanye na mbere, kuri ubu iyi siporo ikorwa hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda COVID-19 nko guhana intera.
Siporo rusange ya Kigali Car Free Day yatangijwe muri Gicurasi 2016 igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali umuco wo gukora siporo no kubiborohereza; gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama bakanapimwa ku buntu.
Ku ikubitiro iyi siporo yatangiye ikorwa rimwe mu kwezi ariko Mu ntangiriro za 2018 Perezida Paul Kagame aza gusaba ko yajya iba kabiri mu kwezi; ishyirwa ku Cyumweru cya mbere n’icya gatatu by’ukwezi.
































source : https://ift.tt/2XoqYt0
Yavuze ko gutsinda intambara ari ukugera ku ntego wiyemeje, by’umwihariko kuri we ni ukugera ku Rwanda ruteye imbere.
Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Ukwakira 2021 mu ijambo yagejeje ku banyamuryango ba Unity Club Intwararumuri ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe.
Yagize ati “Ntabwo twagera ku iterambere, ku mutekano uhagije wacu tudakomeje bwa bumwe, tudakomeje kugira ngo umuntu uko yireba abe areba n’abandi. Icyo yifuza abe acyifuriza n’abandi, nagera ahashimishije yumve ko n’abandi nibatagera aho bumva bishimye, na we buriya ntabwo arahagera.”
Umukuru w’Igihugu yavuze ko nubwo bivugwa abantu bagasa n’aho babyumvise, ikibazo gihoraho ari ugutera intambwe, umwe akava kuri kwa kubyumva akagera ku kubishyira mu bikorwa.
Perezida Kagame yavuze ko muri iyi minsi yagiye ahura n’abayobozi b’ibindi bihugu bakamubwira ibibazo bahuye nabyo, aho bageze bahangana n’umwanzi. Yavuze ko yagiye abaha impanuro nk’uwariraye (ijoro) na none nk’uwarigenze (ishyamba).
Ati “Uri mu ishyamba ugenda wenyine uzi ibyo ushobora guhura nabyo? Mu ijoro cyangwa no ku manywa, iyo uri mu ishyamba ugahura n’inyamaswa, ugahura n’abantu batari beza, ubundi abeza ntacyo baba bakora mu ishyamba. Hanyuma na rya joro abantu bagenda naryo baba bavuga icyo ushobora guhuriramo kitari cyiza, umwijima uba ugendamo.”
Abo bantu ngo yababwiye ko bitewe n’ijoro yaraye n’ishyamba yagenze, n’ibyo yahuriyemo nabyo, kurwana n’umwanzi ukamutsinda, bitavuze ko utsinze intambara.
Ati “Utsinda intambara iyo ubashije kugera ku mahoro […] tugomba gutsinda intambara tubona amahoro n’umutekano kandi ndatekereza ko tugenda tubigeraho.”
Perezida Kagame yavuze ko ubumwe, iterambere n’umutekano arizo ntego eshatu zikwiriye kuranga abanyarwanda, bose ibyo bakora bagahora babizirikana.
Ati “Uko turi aha dushobora kuba dufite ibitekerezo bitandukanye […] ariko ntabwo nziko dutandukana ku gushaka umutekano, iterambere cyangwa se kuba dushaka ubumwe kuko nicyo gihugu. Ubumwe buvuze igihugu abagituye biyumvamo ko ari icyabo kimwe.”
Umukuru w’Igihugu yavuze ko umuntu uzavuga ko adashaka ubumwe, aba yahindutse umwanzi w’abanyarwanda n’igihugu. Uwo ni kimwe n’uwanga iterambere n’amahoro.
Ati “Hari ubwo abantu babivanga. Kuba wowe ushaka kunyura mu nzira yindi itajyanye n’iy’undi ndetse bakabikoresha ko hatavamo amahoro cyangwa se ubumwe, cyangwa se iterambere.”
Mu kwizihiza iyi sabukuru, hatanzwe ishimwe ry’abarinzi b’igihango ku bantu barindwi, bashimirwa uruhare rwabo mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.




Amafoto: Igirubuntu Darcy
source : https://ift.tt/3BTsTVw

Paul Van Haver wamenyekanye mu bikorwa bya muzika nka Stromae, kuva mu mwaka wa 2015 aho afatiwe n’uburwayi bwa malaria yakuye muri Congo ubwo yari mu bitaramo hirya no hino ku isi, byo kumurika alubumu ye ‘Racine Carrée’, yahise afata icyemezo cyo kuba ahagaritse ibikorwa bye bya muzika.
Hari hashize igihe kigera ku myaka 6 atagaragara mu bikorwa bitandukanye by’umuziki, abakunzi be mu ndirimbo nka Papaoutai, Formidable, Alors on Dance, Ta fête n’izindi zitandukanye amaso yari yaraheze mu kirere, nyuma y’uburwayi bwa malaria bwamushegeshe bwaje buhurirana n’ibitaramo yari amazemo igihe.

Nyuma y’igihe kirekire abakunzi ba Stromae bamutegereje kuri ubu yashyize hanze indirimbo yise ‘Santé’ bisobanuye ‘Ubuzima’, akaba agaruka ku bakora imirimo isa n’iciye bugufi cyangwa se imirimo idatuma babasha gufata akanya bakaba basabana n’abandi, batajya bahabwa umwanya wihariye ngo bashimirwe kandi byari bikwiye.
Benshi mu bakunzi b’ibihangano bye bakaba bamugaragarije amarangamutima menshi bamubwira ko bari bakumbuye kumva indirimbo ye ndetse ko n’ubwo yatinze atabatengushye, ku bw’indirimbo ifite icyanga, kandi ko ni umwimerere we atigeze awutakaza.
Iyo ndirimbo yazamuye amarangamutima ya benshi mu bakunzi be bari bamaze igihe kinini batamubona hirya no hino, haba mu gusohora indirimbo ze bwite cyangwa se mu bitaramo.
Mu mwaka wa 2017 ni bwo yatangaje ko abaye ahagaritse ibikorwa bye bya muzika, nyuma y’umwaka umwe muri 2018 yaje kongera kumvikana mu ndirimbo ‘Defiler’ yari yarakoze mu rwego rwo kumurika imideri yari ashyize hanze.

Umuhanzi Stromae aheruka mu Rwanda mu mwaka w’i 2015 mu gitaramo cy’amateka yakoreye mu murwa mukuru w’u Rwanda i Kigali, ubwo yari mu gikorwa cyo kumurika alubumu ye ‘Racine Carrée’ ndetse abona umwanya wo kugera ku ivuko rya Se, hamwe no guhura na benshi mu bo bafitanye isano.

source : https://ift.tt/3n1AiM3

Abo bagore bagiye bagaragara mu bitangazamakuru bitandukanye ndetse n’imbuga nkoranyambaga, aho bitambika mu bukwe bw’abagabo babanye cyangwa babyaranye, yaba ubukwe bwo mu Murenge cyangwa mu nsengero zitandukanye, aho abo baba bagaragaza ko aba bagabo babataye bakajya gusezerana n’abandi bagore, aho baba bagaragaza ko hari inshingano uyu mugabo aba atubahirije yaba ku mugore babanye/babyaranye ndetse no ku bana.
Aha ariko bintera kwibaza niba umugore ibi yabyiyemeje (n’ubwo nabyo ku bwanjye nta bishima), nibura atagenda ngo ibi abikore ariko arengera abana be, cyane ko n’ubundi baba bakiri bato, ibyo nyina yavuga byanumvikana batari kumwe.
Mu Rwanda hashyizweho itegeko n°71/2018 ryo ku wa 31/08/2018 ryerekeye kurengera umwana, ryasohotse mu Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda yo n° 37 bis yo ku wa 10/09/2018. Iryo tegeko ryashyizweho risimbura itegeko ryari risanzweho n° 54/2011 ryo ku wa 14/12/2011 ryerekeye uburenganzira bw’umwana n’uburyo bwo kumurinda no kumurengera.
Itegeko ryo kurengera umwana ryashyizweho hashingiwe ku Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda no ku masezerano mpuzamahanga anyuranye u Rwanda rwashyizeho umukono, afite aho ahurira no kurengera umwana no kumurinda ihohoterwa.
Muri iryo tegeko guhoza umwana ku nkeke bisonurwa nko gukorera umwana igikorwa icyo ari cyo cyose gifite cyangwa gishobora gutera ingaruka ku buzima bwe, haba ku mubiri cyangwa ku mitekerereze cyangwa kimuvutsa uburenganzira bwe. Ibi nkabishingiraho nibaza impamvu umugore ahitamo gufatanya n’uyu mugabo yita ko yamutanye abana, na we akabahohotera abajyana ku karubanda ngo bagiye gutambamira ubukwe bwa se.
Iri tegeko ritareba gusa umwana w’Umunyarwanda, ahubwo rireba n’umwana w’umunyamahanga uri mu Rwanda, mu ngingo ya 4 rivuga ko umwana afite uburenganzira ku mikurire iboneye. Buri mubyeyi afite inshingano yo kwita ku mwana kuva agisamwa kugira ngo agire imikurire iboneye.
Ariko mbona yaba umugabo wataye abo bana wenda anabatanye nyina utishoboye akajya gusezerana n’undi mugore, yaba nyira wabo ubajyanye kubonwa n’isi yose ngo bagiye guhangana na se, ku bwanjye mba mbona nta n’umwe uba ubarengeye, ahubwo gusa ni uko baba babahohoteye wenda mu buryo butandukanye.
Ubusanzwe ku giti cyanjye mbona nta mpamvu umugore yagakwiye kwirukanka ku mugabo wamutaye ngo ni uko yagiye gusezerana n’undi mugore. Umugabo aba ari mukuru yumva mu mitekerereze ye ariko abigenje, ubusobanuro yabiha ubwo ari bwo bwose, numva umugore atagakwiye kwiha isi yose ngo agiye kugaragaza ko ibintu byacitse, agaragaza nk’aho abona ko ubuzima bwe burangiye, oya rwose.
Umuntu yagaragaje ko atagushaka njyewe numva nawe wagombye kumwereka ko ushoboye kubaho no kwibeshaho (Ibyo twita kwigira), gusa nabwo ibyo itegeko rikwemerera ukabihabwa mu buryo bwemejwe n’itegeko.
Ariko nabwo kuko buri muntu agira imyumvire ye ndetse n’uburyo bwe bwo gukemura ibibazo, nibura umugore ugiye kujya mu Rukiko cyangwa mu Rusengero akibuka gusiga abana, ndetse akanabarinda mu buryo bushoboka kugira ngo ibyo agiyemo bitazabagiraho ingaruka mu buzima bwabo bwose. Aho wasanga ibyo yita kubagirira neza bibabereye ikintu kibi kizabagiraho ingaruka mbi mu buzima bwabo bwose.
Ayo mashusho bakwirakwiza hirya no hino azaguma gukurana n’abo bana uko imyaka yicuma, agenda abateza isoni n’ibimwaro, cyane ko utanamenya niba uwo mwana aba afite ubwenge bwo guhitamo icyo akora yagishyigikira muri ibyo bikorwa byawe.
Umwana ni umutware, kandi uburyo burahari bwashyizweho umuntu aharaniramo uburenganzira bwe, atarinze kuba akabarore. Yego birashoboka ko wenda n’ubwo buryo wahisemo bwatuma ukemurirwa ikibazo mu buryo bwihuse, nyamara ukazaba mu ngaruka zabyo imyaka myinshi.
Umwana wimwangiriza ubuzima bwe ujya kumwerekana hirya no hino ku bintu bitari na byiza, utazisanga anakuze akaba ari wowe yanze kuko wamuhemukiye no kurusha uwo se uvuga wamusize mu rugo atamutangaje mu isi yose.
Iki ni igitekerezo cy’umunyamakuru Mukazayire Immaculée Youyou

source : https://ift.tt/3vmtAnS

Nk’uko bivugwa na Dr Christian Ngarambe, Umuyobozi Mukuru wa CHUB, ku banyeshiri 218 basuzumwe guhera ku itariki ya 11 kugeza ku ya 14 Ukwakira 2021, abaganga basanze 118 bari bafite ibibazo by’amaso bikeneye gusuzumwa byisumbuyeho.
Abaganga basanze 30% by’abo 118 (ni ukuvuga 64 muri bo) bafite ikibazo cyo kutabona neza, kuko bamwe bari bafite ikibazo cyo kutabona ibintu biri kure, abandi na bo bafite ikibazo cyo kubona ibya kure ntibabashe kubona ibya hafi.
Na ho 25% byabo 118 (54 muri bo) abaganga basanze barwaye byoroheje ariko bisaba kuba bagirwa inama, byanaba ngombwa bakaba bakwambara indorerwamo z’amaso.
Dr. Ngarambe ati “Niba 54.1% bafite ibibazo by’amaso muri Kaminuza y’u Rwanda gusa, bigaragaza ko mu Banyarwanda hashobora kuba harimo abantu benshi bafite ibibazo by’amaso bagendana batabizi.”
Yasabye bariya 54.1% kuzajya kuri CHUB bakavurwa byimbitse, ariko asaba n’abantu bose kujya begera Ibitaro by’uturere bibegereye bagasuzumwa, abafite ibibazo bakagirwa inama n’abarwaye bakavurwa, kuko ubu ibitaro by’uturere byo mu Rwanda byose bisigaye bifite serivisi zo kuvura amaso.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu, André Kamana, na we wageze ahaberaga icyo gikorwa, yaboneyeho gusaba abatuye mu Karere ka Huye kugana abaganga bakabasuzuma, “kuko amaso yavurwa agakira, bityo umuntu akirinda ubuhumyi, kandi nta wamenya ko arwaye atisuzumishije.”
Yunzemo ati “Turasaba abaturage bacu ko urengeje imyaka 40 yajya yisuzumisha byibura rimwe mu mwaka, nk’uko abaganga babidusobanurira, kuko ushobora guhura n’uburwayi bwagutera guhuma uramutse utipimishije kare, bikaba byakuviramo guhuma burundu ku myaka runaka.”
Igikorwa cyo gusuzuma abanyeshuri b’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, CHUB yagikoze mu rwego rwo kwizihiza icyumweru cyahariwe kuzirikana ku kwirinda ubuhumyi cyari giteganyijwe hagati y’itariki ya 11 n’iya 15 Ukwakira 2021.
Ubundi ku isi hose icyo cyumweru kizirikanwa mu cyumweru cya kabiri cy’ukwezi k’Ukwakira, ari na cyo cyahuriranye n’ariya matariki muri uyu mwaka wa 2021.

source : https://ift.tt/3vo7NMj