Tag: featured

  • Ibikorwa remezo byari mu Nkambi ya Gihembe byasigiwe abahaturiye – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukwakira 2021, nibwo Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi yafunze Inkambi ya Gihembe iherereye mu Karere ka Gicumbi yari imaze imyaka irenga 24 icumbikiye impunzi zaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kumara kwimurira abagera kuri 911 bari bayisigayemo mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe.

    Mu butumwa iyi Minisiteri yanyujije kuri Twitter bwagiraga buti “Kwimura impunzi mu nkambi ya Gihembe zikajya gutuzwa mu nkambi ya Mahama bisojwe himurwa impunzi 911 zari ziyisigayemo.”

    “Hagiye gukurikiraho ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije ahari inkambi no mu nkengero zayo. Ikigamijwe ni ugutuza impunzi ahadashyira ubuzima mu kaga bitewe n’uko aho zabaga hashoboraga gushyira ubuzima bwazo mu kaga.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Nteziryayo Anastase, yahumurije abaturage batuye mu nkengero z’ahari iyi nkambi bari basanzwe bavomayo amazi n’abahivuriza ko ibi bikorwa remezo bizakomeza gukoreshwa nk’uko byari bisanzwe.

    Yagize ati “Ibikorwa remezo byari biyirimo by’amazi n’Ikigo Nderabuzima n’ibindi birakomeza gukoreshwa n’abaturage bari bayituriye nk’uko byari bisanzwe. Tugiye kubiganiraho uburyo bizakoreshwa.”

    “Ubutumwa tugenewe abaturage, mbere na mbere ni ukubashimira uburyo babanye neza na ziriya mpunzi imyaka 24 kandi tubasaba kubyakira kuko bari baramaze kugirana ubushuti cyane, hanyuma bagakora cyane kugira ngo bazibe icyuho tuza guterwa no kugenda kw’izi mpunzi.”

    Impunzi zari zimaze imyaka 24 muri iyi nkambi kuko zahatujwe mu 1997 nyuma yo guhunga intambara n’imvururu byari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zimuriwe i Gihembe kubera ko hari harangiritse ndetse hasigaye ari n’ahantu hashobora gushyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga.

    Ibikorwaremezo birimo ivomo n’ivuriro byasigiwe abaturage baturiye ahari iyi nkambi

    source : https://ift.tt/3AWyaKH

  • Guverinoma imaze kubaka ibyumba by’amashuri bisaga ibihumbi 22 – #rwanda #RwOT

    Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda igaragaza ko ibyumba by’amashuri 22.505 byamaze kubakwa birimo 17.414 by’amashuri abanza, 3.591 by’ayisumbuye n’ibindi 1.500 bizakoreshwa n’amashuri y’incuke.

    Umukozi muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ubukangurambaga n’itumanaho, Salafina Flavia, yabwiye IGIHE ko n’ubwo intego yagezweho hakiri ibyumba bitararangira neza ahari gukorwa imirimo ya nyuma.

    Ati “Hari ibyumba by’amashuri amwe ageretse [etage] ayo ntabwo ararangira neza ariko hari gukorwa imirimo ya nyuma. Umuntu yavuga ko nko mu cyumweru gishize twari tugeze ku kigero cya 98,86% ariko ubu urumva ko hashize iminsi wasanga iyo mirimo ya nyuma yararangiye.”

    Gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri bishya yatangijwe na Mineduc muri Kamena 2020, ahari hateganyijwe ko muri buri karere hubakwa ibyumba bishya bifasha mu kugabanya ubucucike no kuzafasha ngo abanyeshuri bazajye babasha guhana intera iteganywa n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Ku rundi ruhande ariko hari uturere twahawe ibyumba by’amashuri byinshi ugereranyije n’utundi kuko nko muri Nyagatare hubatswe ibyumba 1.240 muri Rubavu hubakwa ibyumba 1.201, Gatsibo hubakwa 1.193 ndetse na Gasabo hubatswe ibyumba by’amashuri 1.074.

    Mu kubaka ibi byumba by’amashuri, Guverinoma y’u Rwanda yakoresheje asaga miliyari 96,4 Frw yiyongera kuri miliyari 180 Frw zatanzwe na Banki y’Isi nk’inguzanyo.

    Ibyumba by’amashuri byari biteganyijwe kubakwa byose byararangiye

    source : https://ift.tt/3n8DxBt

  • Canal+ Rwanda yageneye ubufasha abana bo mu Karere ka Kicukiro – #rwanda #RwOT

    ‘Organisation ‘A-Bato’ ni ikigo cyita ku bana baturuka mu miryango itishoboye mu rwego rwo kubarinda ihohoterwa iryo ariryo ryose, kubarinda kwishora mu biyobyabwenge n’indi migenzereze itabereye umwana w’Umunyarwanda.

    Urugendo rwa Canal+ Rwanda muri iki kigo rwari rugamije gufasha abana 20 bakirererwamo. Mu byo babahaye harimo kubishyurira amashuri umwaka wose no kubaha ibikoresho by’ishuri.

    Uretse ibi bikoresho ariko Canal+ Rwanda yageneye iki kigo televiziyo n’ifatabuguzi ribabashisha kureba shene ya Nathan TV yagenewe abana mu buryo bwo kwiga.

    Umuyobozi wa Canal+ Rwanda, Sophie Tchatchoua, yagejeje kuri aba bana ndetse n’ababyeyi babo bari bitabiriye uyu muhango, yasabye aba banyeshuri kuzitwara neza abibutsa ko aribo ejo hazaza h’u Rwanda.

    Ikindi yasabye ubuyobozi bw’iki kigo, ni ukuzereka abana iyi televiziyo by’umwihariko kuko iriho amasomo meza yafasha abana bakiri bato.

    Ati “Ni Shene yashinzwe n’ikigo kizobereye mu kwigisha abana bari hagati y’imyaka irindwi na 12, bigisha neza imibare n’Igifaransa kandi biri ku rwego mpuzamahanga. Ni ahanyu ho gufasha abana gukurikira aya masomo kuko yajya yunganira ibyo biga.”

    Sophie Tchatchoua yongeye kwizeza ubuyobozi bw’iki kigo ko bazabahora hafi, cyane ko mu byo Canal+ ikora harimo n’ibikorwa byo gufasha.

    Peruth Nzeyimana uhagarariye ‘Organisation A-Bato’ giherereye i Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yashimiye Canal+ ku nkunga ibateye.

    Yijeje abashyitsi ko inkunga yabo izagira akamaro yaba ku bana ndetse n’ababyeyi muri rusange, kuko benshi mu bana barererwa muri iki kigo ari abaturuka mu miryango itishoboye.

    Uyu mubyeyi yongeye gushimira Canal+ ku bwa televiziyo yabahaye n’ifatabuguzi rizafasha abana kwihugura mu masomo binyuze kuri Nathan TV.

    Abana 20 bagenewe inkunga na Canal+Rwanda

    Umuyobozi wa Organisation ‘A-BATO’, Peruth Nzeyimana

    Umuyobozi wa Organisation A-Bato ari kumwe n’umuyobozi wa Canal+ Rwanda, Sophie Tchatchoua

    Uwavuze mu izina ry’ababyeyi yashimiye bikomeye Canal+ Rwanda

    Umuyobozi wa Canal+ Rwanda yasabye abana kwiga neza kuko aribo Rwanda rw’ejo

    Umuyobozi wa Sophie Tchatchoua aganira n’abari muri iki gikorwa

    Umuyobozi wa Canal+ Rwanda abasobanurira ibya Nathan TV

    Abana bashyikirijwe ibikoresho by’ishuri

    Bafatanye ifoto y’urwibutso

    Abayobozi ba Canal+ n’abayobozi b’ikigo ‘Organisation A-Bato’

    source : https://ift.tt/3aSDggc

  • Hagaragaye umuburanyi mushya mu rubanza rwa P5 na RUD Urunana – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 19 Ukwakira 2021, nibwo byari biteganyijwe ko iburanisha ry’abahoze ari abarwanyi ba P5 na RUD Urunana rikomeza.

    Ubwo bari bageze mu rukiko, ubushinjacyaha bwagaragaje umuburanyi mushya uheruka gufatwa witwa Mbarushima Aime Erneste.

    Kuri we yari inshuro ya mbere ageze mu rukiko ariko ibyaha akurikiranyweho bigaragara ko bifitanye isano n’ibya bagenzi be 37 kandi na we n’ubwo atemera ko yakoze imyitozo ya Gisirikare mu mashyamba yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntahakana ko yabaye umuganga w’abandi basirikare ndetse ko abenshi bari mu rukiko abazi.

    Mbarushimana yahoze ari umurwanyi wa P5 ariko ubwo bakoraga urugendo rwo kujya kwihuza na RUD Urunana ngo bafatanye umugambi wo gutera u Rwanda banyuze mu Majyaruguru, yari mu basirikare.

    Bageze Uvira barashweho n’ingabo za Congo, FARDC, bamwe bakwira imishwaro abandi barimo na Mbarushimana barafatwa bashyikirizwa Monusco.

    Mbarushimana yatorotse Monusco yerekeza muri Uganda ari naho yafatiwe ubu akaba yazanwe mu rubanza kugira ngo aburanire hamwe na bagenzi be 37.

    Mbarushimana mu kwisobanura kwe yari yasabye ko urubanza rwe rutahuzwa n’urwa bagenzi be kuko batafatiwe.

    Yavuze ko atabasha kuburana adafite umwunganira mu mategeko kandi ko atabasha no kumwiyishyurira.

    Ku ruhande rw’abaregera indishyi bagaragaraje ko Mbarushimana agomba kuburanishirizwa hamwe na bagenzi be ku bw’inyungu z’ubutabera kandi ko nabo bazategura dosiye ye ijyanye n’indishyi baregera ku bagizweho ingaruka n’ibitero byagabwe mu 2019 mu Majyaruguru y’u Rwanda.

    Inteko iburanisha yafashe umwanzuro wo gusubika urubanza kugira ngo Mbarushimana ashake umwunganira mu mategeko cyane ko ashobora no gutanga ibimenyetso bishya ngo kuko hari ibyo avuga bishobora gufatwa nk’ibimenyetso ku byaha bagenzi be bakurikiranyweho.

    Hanzuwe ko urubanza rugomba gusubikwa bityo Mbarushimana akazisobanura ndetse n’abo bareganwa bakagira umwanya wo kuba bakongera kwisobanura ku byo ashobora kuzavuga.

    Hafashwe umwanzuro ko urubanza ruzasubukurwa tariki ya 23 kugeza 25 Ugushyingo 2021 humvwa Mbarushimana wahujwe na bagenzi be 37.

    Bose uko ari 38 bakurikiranweho ibyaha ibifitanye isano n’iterabwoba byo kurema umutwe w’ingabo zitemewe no kuwujyamo, kugirira nabi ubutegetsi buriho, kugirana umubano na Leta z’amahanga, iterabwoba, ubufatanyacyaha mu bwicanyi n’ubujura ndetse n’ubwinjiracyaha mu bwicanyi.

    Inteko iburanisha yemeje ko Mbarushimana agomba kuburanishirizwa hamwe na bagenzi be kuko hari ibimenyetso bishya ashobora gutanga

    Iburanisha rizasubukurwa ku wa 23 Ugushyingo 2021

    source : https://ift.tt/3pjaWMu

  • Ibitaramenyekanye mu byatangajwe na Rusesabagina mbere y’iminsi 45 ngo atabwe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Rusesabagina yeretswe itangazamakuru nyuma y’iminsi ibiri akandagiye ku butaka bw’u Rwanda, aho yageze ashutswe n’inshuti ye magara, Bishop Niyomwungere Constantin.

    Uyu musaza w’imyaka 67 yatunguwe no kwisanga i Kigali mu Rwanda [aho yaherukaga mu myaka 2004] mu gihe muri gahunda ye yari yerekeje mu Burundi mu bikorwa byo kuganira n’amadini atandukanye.

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, icyo gihe rwatangaje ko Paul Rusesabagina akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo n’iby’iterabwoba.

    Ifatwa rya Rusesabagina ryari riherekejwe n’ibimenyetso simusiga bishimangira ukuboko kwe mu ishingwa rya FLN, birimo ibiganiro we ubwe yatanze abyiyemerera ndetse n’ibyo yabwiye urukiko ko yayiteye inkunga y’ibihumbi 20 by’ama-Euro.

    Rusesabagina ari muri RIB, ubwo yabazwaga amafaranga yahawe MRCD/FLN yavuze ko atamenya neza umubare ariko ko agera mu bihumbi 300 by’amayero.

    Urugero rwa hafi ni ikiganiro yatanze ku wa 16 Nyakanga 2020, hari mbere y’iminsi 45 ngo atabwe muri yombi. Icyo gihe yagarutse ku ishingwa ry’Ishyaka Nyarwanda riharanira impinduka muri Demokarasi (Mouvement Rwandais pour le Changement Démocratique, MRCD).

    Icyo kiganiro cy’amasaha abiri n’iminota 38 cyarimo abanyamuryango ba MRCD, cyashyizwe kuri YouTube Channel y’iyi mpuzamashyaka yakurikiranwaga umunsi ku wundi na Espérance Mukashema [wari ukuriye Radio Ubumwe yaterwaga inkunga na Rusesabagina].

    Mu rukiko Rusesabagina yiyemereye ubwe ko yahembye Mukashema wa Radio Ubumwe “igihe kitazwi”. Uwo mugore wapfuye yahembwaga amadolari 300 ku kwezi atanzwe na Rusesabagina.

    Inkuru y’uko yafashwe ikimara gusakara, video yari yashyizwe kuri YouTube ya MRCD yahise isibwa mu buryo busa no gusibanganya ibimenyetso kuko Rusesabagina yari yamaze gushyikirwa n’ukuboko k’ubutabera.

    Agace gato k’iyo video gafite iminota ine n’amasegonda 50 kerekana Rusesabagina asubiza Twagiramungu Faustin [na we ufite Ishyaka RDI Rwanda Rwiza ryari muri MRCD] iby’ishingwa rya FLN no kugena intego yayo.

    Icyo gihe yagize ati “Twatangiye MRCD mu Ugushyingo 2016. Twari amashyaka abiri arimo CNRD-Ubwiyunge na PDR-Ihumure. Icyo gihe, CNRD yari iyobowe na Wilson Irategeka; ni njyewe wari uyoboye PDR-Ihumure. Nyuma y’imishyikirano miremire, twumvikanye ko tugiye gushyiraho urwego (platform) ruhuzwa n’ibintu bitanu twari twasezeranye gukorana.’’

    “Ibyo bintu bitanu ni kiriya bariya bahungu bakora, ndavuga abo b’iriya ku isambu, icya kabiri ni dipolomasi, icya gatatu cyari ubukangurambaga, icya kane yari itangazamakuru naho icya gatanu ari icungamutungo.’’

    Mu mvugo ye nk’aho yakoresheje isambu, yashakaga kuzimiza ariko yari abiziranyeho n’abo bakoranaga.

    Rusesabagina ubwo yari mu Bugenzacyaha yavuze ko mu mvugo zabo, bakoreshaga “abahinzi” bashaka kuvuga “abarwanyi”, “amasuka” yasimburaga “imbunda”, “amasasu” bayitaga “utubuyenge” mu gihe ku irasaniro “Champ de Bataille’ hitwaga mu “murima” cyangwa ku “isambu”.

    Nyuma yo kwihuza kwa PDR Ihumure na CNRD-Ubwiyunge no gushyiraho umurongo w’ibyo yemera azajya agenderaho, aya mashyaka yashatse andi maboko yo kuyashyigikira.

    Rusesabagina yakomeje ati “Twarakoranye noneho mu mpera za 2017, ni bwo abavandimwe bacu bo muri RRM (Mouvement Révolutionnaire Rwandais) ya Callixte Nsabimana bashatse kutwiyungaho, baravuga bati ‘twagira natwe twifatanye namwe noneho plaform yanyu yarimo amashyaka abiri, dukorane turi batatu’.’’

    “Muri Werurwe 2018, twagiranye ibiganiro bitaziguye twemeranywa ko tugiye gukorana ndetse tumaze kubyumvikana twaratangiye birashyuha. Icyo gihe ni bwo twavuze tuti aba bahungu bacu, aba basirikare ba MRCD tuzabita bande. Mu nama ya batatu nk’uko nabivuze aribo CNRD-Ubwiyunge, PDR Ihumure na RRM twumvikanye ko tubita FLN. Kuva muri Gicurasi 2018 ni bwo ijambo FLN ryabayeho, ni bwo bariya bahungu biswe FLN. Impamvu twabahaye iryo zina ni uko na RRM yari igiye kuzanamo abayo [barwanyi], kugira ngo tube amashyaka bose.’’

    Yavuze ko uko kwihuza ari nako kwatumye habaho MRCD/FLN kuko ‘bumvikanye ko ingabo ari iz’amashyaka atatu’ kugeza ubwo hanakiriwe ‘RDI Rwanda Rwiza’ [ya Twagiramungu Faustin] ku wa 18 Kamena 2019.

    Uyu mutwe w’iterabwoba wari umaze kunoza umugambi wawo wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda watangiye kurugabaho ibitero bitandukanye.

    Abarwanyi ba MRCD/FLN bagabye ibitero mu bice bitandukanye by’igihugu birimo i Nyabimata na Kivu mu Karere ka Nyaruguru, mu ishyamba rya Nyungwe muri Nyamagabe no mu duce dutandukanye tw’Akarere ka Rusizi.

    Muri rusange, ibitero bya FLN byaguyemo abantu icyenda, byangirikiramo ibikoresho byinshi birimo ibyasahuwe n’ibyatwitswe.

    Rusesabagina ndetse n’abandi 20 bariabarwanyi ba MRCD/FLN bagejejwe imbere y’ubutabera banaburanishwa ku byaha bakurikiranyweho.

    Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka rwakatiye Rusesabagina igifungo cy’imyaka 25, runaha Nsabimana Callixte Sankara imyaka 20 rubahamije ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba byakozwe na MRCD/FLN.

    Inkuru bifitanye isano:

    Intambwe ku yindi: Ukuboko kwa Rusesabagina muri politiki, igisirikare no gukusanya inkunga yo gufasha FLN

    Paul Rusesabagina yakatiwe gufungwa imyaka 25, ’Sankara’ ahabwa 20- Uko isomwa ry’urubanza ryagenze (Video)

    Na mbere yo gutabwa muri yombi, Rusesabagina yagaragaye mu mashusho yafashwe mu bihe bitandukanye ashimangira ko yagize uruhare mu ishingwa rya MRCD/FLN yagabye ibitero bitandukanye byahitanye ubuzima bw’inzirakarengane ku butaka bw’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3b7doxv

  • U Burundi bwashyikirije u Rwanda abarwanyi 11 ba FLN – #rwanda #RwOT

    Uyu muhango wabereye ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burundi mu Karere ka Bugesera.

    Iki gikorwa kije gikurikira ibindi byabanje mu minsi ishize, aho ibihugu byombi guhera muri Nyakanga uyu mwaka byatangiye guhanahana abanyabyaha bafatiwe ku mpande zombi mu rwego rwo kuzahura umubano umaze imyaka itandatu utifashe neza.

    U Rwanda nirwo rwatangiye rushyikiriza u Burundi abarwanyi 19 b’umutwe wa RED Tabara urwanya u Burundi, bafatiwe mu ishyamba rya Nyungwe umwaka ushize.

    U Burundi nabwo muri Kanama, bwashyikirije u Rwanda abaturage barwo barindwi bafatiwe muri icyo gihugu bambutse binyuranyije n’amategeko.

    Muri uko kwezi kandi, u Rwanda rwahaye u Burundi abagabo babiri b’Abarundi bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda bacyekwaho kwiba amafaranga y’umucuruzi bakoreraga mu Mujyi wa Bujumbura,

    Guhera mu 2018 umutwe wa FLN watangiye kugaba ibitero mu Majyepfo no mu Burengerazuba bw’u Rwanda winjiriye ku butaka bw’u Burundi, ibintu u Rwanda rwakunze kwamagana rwivuye inyuma.

    Nubwo Ingabo z’u Rwanda zagiye zisubizayo ibitero by’uwo mutwe, hari hakenewe ubufatanye n’ubushake bwa politiki ku ruhande rw’u Burundi kugira ngo rwizere neza umutekano warwo.

    Umubano w’ibihugu byombi wazambye mu 2015 ubwo Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida yatorerwaga manda ya gatatu, igakurikirwa n’imvururu no gushaka kumuhirika ku butegetsi.

    Igihugu cye cyakomeje gushinja u Rwanda kwakira abashatse guhirika ubwo butegetsi no kubashyigikira ngo basubire guhungabanya umutekano, ibintu u Rwanda rwamaganye rwivuye inyuma.

    U Rwanda kandi na rwo rwashinjaga u Burundi guha rugari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR igizwe na bamwe bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Icyo gihugu kandi cyagiye kiba inzira imitwe irimo FLN yakoreshaga mu kugaba ibitero ku Rwanda, byagiye bihitana inzirakarengane guhera mu 2018.

    Abarwanyi ba FLN bashyikirijwe u Rwanda kuri uyu wa Kabiri

    Abayobozi ku mpande zombi bari bitabiriye uyu muhango, bashima ubufatanye buri kugaragara hagati y’ibihugu

    Umuyobozi ushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Vincent Nyakarundi aganira n’abayobozi b’u Burundi

    source : https://ift.tt/3G0sNOk

  • Video: Rusesabagina yasobanuye amavu n’amavuko ya FLN #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aha Rusesabagina yasobanuraga uko FLN yavutse
    Aha Rusesabagina yasobanuraga uko FLN yavutse

    Akimara gufatwa no kugezwa imbere y’urukiko, icyo ishyaka rye ryihutiye gukora ni ugusiba inyinshi muri videwo zari ku rubuga rwa ‘Youtube’, aho yari yatangarije ko atangije intambara kuri Guverinoma y’u Rwanda.

    Uhereye ku butumwa bwari bwaranyujijwe kuri Twitter , inkuru zari zaranditswe zigatangazwa kuri Interineti, na videwo zari kuri ‘YouTube’, Ishyaka rya Rusesabagina, MRCD (Rwanda Movement for Democratic Change), ryakoze uko rishoboye, rikuraho ibintu byose byagaragazaga Rusesabagina avuga ku bikorwa by’umutwe w’ingabo w’ishyaka rye rya FLN (National Liberation Front), ndetse azishakira inkunga.

    Gusa n’ubwo MRCD yashoboye gusiba videwo hafi ya zose ku rubuga rwayo, ndetse n’amakuru yari yarabitsweho, ibyo bigakorwa mu rwego rwo kwirinda ko byazakoreshwa mu gushinja Rusesabagina, ariko hari videwo imwe igaragaza ibikorwa biheruka Rusesabagina yitabariye mbere gato y’uko afatwa, iyo videwo ikaba imugaragaza asobanura amavo n’amavuko y’ umutwe wa FLN.

    Mu byumweru bikeya byabanjirije ifatwa rye, Rusesabagina yagiranye inama n’abanyamakuru ku itariki 16 Nyakanga 2020, ayikora mu buryo bw’ikoranabuhanga asobanura uko MRCD yabayeho, uko umutwe w’ingabo wa FLN wavutse ndetse n’intego bari barihaye kuzageraho.

    Yagize ati “Twatangiye MRCD muri 2016 mu kwezi kwa cumi na kumwe. Twari rero amashyaka abiri ari yo CNRD-Ubwiyunge yari iyobowe na Wilson Irategeka na PDR-lhumure nari nyoboye. Nyuma y’imishyikirano miremire, twaje kumvikana ko tugiye gukora ‘plate-forme’, ikaba ihuzwa n’ibintu bitanu twari twasezeranye gukorana”.

    Ati “Ibyo bintu bitanu, icya mbere ni kiriya bariya bahungu bakora, ndavuga abo b’iriya bo ku isambu, icya kabiri kikaba ikintu cya ‘diplomacy’, icya gatatu rero cyari ‘mobilization’, icya kane cyari ‘communication’, icya gatanu cyari ingengo y’imari”.

    Iyo nyito Rusesabagina akoresha muri videwo avuga abarwanyi ba ‘FLN’, yanagarutsweho mu rubanza mu gihe cy’iburanisha, Rusesabagina n’itsinda rye, iyo bajyaga kuvuga abarwanyi ba FLN, babitaga abo ku isambu, ‘guhinga’ ngo byabaga bisobanura ibikorwa bya gisirikare bakora.

    Muri iyo videwo, yagaruwe na ‘YouTube channel’, Rusesabagina yasobanuye uko mu 2017, abo mu ishyaka rya ‘RRM’ ( Rwanda Revolutionary Movement), ryari riyobowe na Nsabimana Callixte, ngo babasanze nka MRCD yari irimo amashaka abiri, kugira ngo bikorane ari amashyaka atatu.

    Yagize ati “Twaraganiriye, tugirana ibiganiro bitaziguye, twemerenya ko tugiye gukorana, icyo gihe hari mu kwezi kwa Gatatu mu 2018. Tumaze rero kwemeranywa ko tugiye gukorana, twaratangiye ndetse biranashyuha, ubwo tumaze kuba amashyaka atatu, nibwo twavuze tuti, aba bahungu bacu, aba basirikare ba MRCD tuzabita ba nde?”

    Akomeza agira ati “Ubwo mu nama ya batatu nk’uko nabivuze, ari bo PDR Ihumure, CNRD-Ubwiyunge na RRM, twumvikanye ko tugiye kubita ‘FLN’. Kuva mu kwezi kwa Gatanu kwa 2018, nibwo ijambo ‘FLN’ ryabayeho, nibwo bariya bahungu biswe FLN. Impamvu twabahaye iryo zina, cyane cyane ni uko na RRM yari igiye kuzanamo abayo, kugira ngo noneho tube turi abantu b’amashyaka yose”.

    Rusesabagina yanavuze ko ku itariki 18 Kamena 2019, aribwo iyo mpuzamashyaka ya MRCD yakiriye irindi shyaka ryitwa RDI-Rwanda Nziza, ryari riyobowe na Faustin Twagiramungu, rije kubiyungaho, kugira ngo bakorane.

    Muri iyo nama n’itangazamakuru, ni Faustin Twagiramungu wasabye Rusesabagina gusobanura amateka y’uko MRCD/FLN yavutse.

    Ubwo mbere iyo videwo yari yashyizwe kuri ‘YouTube channel’ na Mukashema Espérance, kuko ari we wari wateguye icyo kiganiro n’itangazamakuru. Uwo Mukashema, ngo akaba yari ashinzwe ibijyanye n’itumanaho muri MRCD/FLN, akaba n’umujyanama wa Rusesabagina ku byerekeye itangazamakuru.

    Paul Rusesabagina
    Paul Rusesabagina

    Mukashema wapfuye muri Nyakanga aguye mu Buholande, yari umuyobozi wa radio ‘Ubumwe’ yakoreraga kuri interineti, iyo radio ngo ikaba yaraterwaga inkunga na Rusesabagina. Amazina ya Mukashema Espérance na yo yagurutse kenshi mu rubanza rwa FLN.

    Iyo nama n’itangazamukuru ikubiye muri iyo videwo, yari yahise isibwa Rusesabagina akimara gufatwa, yari yitabiriwe n’abandi banyamuryango bakuru ba MRCD n’abandi.

    Tariki 20 Nzeri 2021, nibwo urukiko rwasomye umwanzuro w’urubanza rwa Rusesabagina na bagenzi be, Rusesabagina akaba yarakitiwe igihano cyo gufungwa imyaka 25 muri gereza, nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’iterabwoba, na ho Nsabimana Callixte we, akaba yarakatiwe gufungwa imyaka 20.

    Reba muri iyi video Rusesabagina asobanura uko bashinze MRCD na FLN

    source : https://ift.tt/3vr3QXk

  • Muhanga: Babiri bafatiwe mu cyuho bakora kanyanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko bariya bantu bari batuye mu Kagari ka Gahogo ariko baza gufatirwa mu Kagari ka Gifumba, biturutse ku makuru yatanzwe n’abayobozi mu nzego z’ibanze.

    Yagize ati “Abaturage bo mu Kagari ka Gifumba batanze amakuru ko Sekanabo na Habuhazi baturutse mu Mudugudu wa Gihuma mu Kagari ka Gahogo aho bari batuye, baza gukorera kanyanga mu nzu ya mushiki wa Sekanabo iherereye mu Mudugudu wa Samuduha, Akagari ka Gifumba.”

    SP Kanamugire yakomeje avuga ko abapolisi bahise bategura igikorwa cyo gufata abo bantu, bafatirwa mu cyuho barimo gukora kanyanga, babasanze mu gikoni bamaze gukora litiro 18 za ndetse bari bafite ibikoresho bitandukanye bifashisha mu gukora kanyanga.”

    SP Kanamugire yakomeje ashimira abaturage kuba baratanze amakuru, yabasabye gukomeza ubufatanye mu kwicungira umutekano batangira amakuru ku gihe.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacya (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Interent rwa Polisi y’u Rwanda.

    Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

    source : https://ift.tt/2Z7VnfY

  • Amajyaruguru: Amashuri mashya yabaruhuye ingendo ndende n’ubucucike #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu mashuri yubatswe hari n
    Mu mashuri yubatswe hari n’ay’amagorofa. Iri riherereye mu Karere ka Gakenke

    Abishimira umusaruro uturuka ku byumba bishya by’amashuri, barimo abanyeshuri, abarezi ndetse n’ababyeyi. Umunyeshuri witwa Izurumukiza wo mu Karere ka Burera, wiga ku ishuri ribanza rya EP Munini, riherereye mu Murenge wa Cyanika; avuga ko batarubakirwa ishuri hafi byamusabaga gukora urugendo rutari munsi y’isaha imwe n’igice ajya kwiga, bikabangamira imyigire ye.

    Yagize ati “Iki kigo kitarubakwa, byansabaga kubyuka nka saa kumi n’imwe za mu gitondo, nkitegura bwangu kugira ngo ntakererwa ishuri. Navaga mu rugo hakijimye nkagenda mu mayira nikanga ko mpura n’inyamaswa cyangwa undi muntu wangirira nabi. Byansabaga kugenda isaha imwe n’igice njya ku ishuri no gutaha, nkagerayo nananiwe cyane, simbone n’uko nkurikirana isomo mwarimu yabaga yaduteguriye, bikambuza amahirwe yo kwiga”.

    Yungamo ati “Muri urwo rugendo hari n’ubwo imvura yansangaga mu nzira, bikaba ngombwa ko nyugama cyangwa nkayigendamo nkagera iyo njya nanyagiwe. Mu ishuri abanyeshuri twabaga tugerekeranye, ku buryo intebe imwe yicaragaho abana batatu, hakaba n’abiga bicaye hasi cyangwa bahagaze kuko intebe zabaga zidahagije”.

    Ati “None ubu iki kigo gishya batwubakiye kiri hafi cyane aho nkora urugendo rutarenga iminota 10. Mu ishuri tubasha kwiga neza twisanzuye kuko ku ntebe tuba twicaye turi babiri, byakabya bakaba batatu. Inyungu dufite ubu ni ukwiga neza no kugera ku ishuri tudakerewe”.

    Amashuri mashya yafashije abana kwiga bisanzuye kandi yorohereza abarezi gukurikirana imyigire yabo
    Amashuri mashya yafashije abana kwiga bisanzuye kandi yorohereza abarezi gukurikirana imyigire yabo

    Undi munyeshuri Kigali Today yasanze ku kigo cy’amashuri cya Cyanika, ngo bijya bimugora kwiyumvisha uburyo hari abana bo mu cyaro basigaye bigira mu mashuri y’amagorofa, mu gihe bakuze bibwira ko agenewe abana bo mu mijyi nabwo bo mu miryango ifite agatubutse.

    Yagize ati “Amashuri y’amagorofa twayaboneraga ku ma televiziyo, ubona ari abana bo mu mijyi bayigiramo, tukavuga tuti biriya ni iby’abifite si ibyacu! Ubwo batangiraga kubaka iki Kigo cy’amashuri cya Cyanika II, twibwiraga ko ari amashuri asanzwe, tugiye kubona tubona bazamuye za etaje, dukeka ko zizigirwamo na ba bana bo mu ba boss; burya bwose tutazi ko ari ayo batwubakiye. Ubu turigira heza cyane, kandi byatwongereye umuhate wo kwiga cyane, kugira ngo Umukuru w’Igihugu cyacu Paul Kagame wayatwubakiye tutazamutenguha”.

    Ibyumba by’amashuri bishya, buri uko umwaka utashye bigenda byiyongera, mu rwego rwo kugabanya imbogamizi zituma imyigire y’abanyeshuri itagenda neza. Mu myaka ibiri ishize, mu Ntara y’Amajyaruguru hamaze kubakwa ibyumba by’amashuri 3407, harimo ibyigirwamo n’abo mu mashuri abanza n’amashuri yisumbuye.

    Muri ibi byumba harimo ibigera kuri 604 byuzuye mu mwaka wa 2019-2020 n’ibigera ku 2803 byubatswe mu mwaka wakurikiyeho wa 2020-2021. Bimwe muri byo byubatswe na Leta y’u Rwanda, ibindi byubakwa ku bufatanye na Banki y’Isi.

    Birimo kandi ibyagiye byongerwa ku bigo by’amashuri, byari bisanzwe bifite ibyumba by’amashuri bicye n’ibishaje ndetse hakaba n’ibyubatswe muri gahunda yo guhanga ibigo by’amashuri bishyashya.

    Mu Ntara y
    Mu Ntara y’Amajyaruguru mu myaka ibiri ishize hubatswe ibyumba bisaga 3,000

    Si abanyeshuri gusa babona ibi nk’igisubizo ku myigire, kuko n’ababyeyi basanga iyi ari intambwe ikomeye mu gushyigikira abana babo.

    Mukankubito Mariyana, ni umubyeyi ufite umwana wiga ku Kigo cy’amashuri cya Bukane, giherereye mu Karere ka Musanze; giheruka kongerwaho ibyumba 12 ngo bigabanye ubucucike bw’abanyeshuri.

    Yagize ati “Abana bacu bahuraga n’ingorane zo kwiga bahagaze kubera ubuke bw’intebe n’ibyumba bito ugereranyije n’umubare w’ababyigiragamo. Amashuri amwe imvura yaragwaga abana bakanyagirwa; mbese ukabona imyigire yabo ari nko guhatiriza, hakaba n’abananiwe bakareka ishuri, abandi bakajya kwiga ku bigo bya kure, ababyeyi tugahorana impagarara. Kuva aho Leta yongereye aya mashuri, ibyo bibazo byose byarakemutse, ubu baratsinda neza kuko biga batekanye”.

    Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, avuga ko ahubakwa ibyumba by’amashuri, bijyana no kuhashyira ibyangombwa byose nkenerwa kandi bihagije, bifasha mu gushyigikira imyigishirize.

    Yaboneyeho kugira icyo asaba ababyeyi “Kuba hafi y’abana, babashishikariza gukunda ishuri, kubafasha kubabona ibyangombwa nkenerwa no gukurikirana umunsi ku wundi imyitwarire yabo, kugira ngo imyigire yabo irusheho kugenda neza. Abarezi na bo tubibutsa ko ari inshingano zabo kwigisha abana neza babaha ubumenyi buhagije, kugira ngo bazavemo abazagirira igihugu umumaro. Nta handi bizaturuka rero, ni mu bufatanye bwa mwarimu, umubyeyi ndetse n’umunyeshuri ubwe”.

    Ubu hagiyeho na gahunda yo gufatira ifunguro rya saa sita ku mashuri kuva ku ncuke, abanza n
    Ubu hagiyeho na gahunda yo gufatira ifunguro rya saa sita ku mashuri kuva ku ncuke, abanza n’ayisumbuye

    Nyirarugero yungamo ko kubaka ibyumba by’amashuri ari urugendo rugikomeza, kandi ko umuvuduko biriho utanga icyizere cyo kuzakemura burundu ikibazo cy’ubucucike n’ingendo ndende bamwe mu bana bagikora bajya kwiga.


    source : https://ift.tt/3pfhWtL

  • Iburasirazuba: Bagiye kureba uko umubyeyi atasabwa n’ishuri ibyo adafite #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri w
    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana

    Abitangaje mu gihe amwe mu mashuri yongereye ibikoresho bisabwa umunyeshuri uyigamo ndetse n’amafaranga ku buryo bamwe mu babyeyi batishoboye batangiye kugorwa no kwishyurira abana babo.

    Guverineri Gasana avuga ko uyu mwaka hakozwe byinshi harimo kongera umubare w’ibyumba by’amashuri bigera ku 6,000 ndetse n’ubwiherero 11,000 burenga, hagamijwe kugabanya ingendo ndende z’abanyeshuri ndetse n’ubucucike.

    Ati “Hakozwe ibintu bidasanzwe kuko twubatse ibyumba by’amashuri byinshi mu gihe gito kandi byatanze umusaruro kuko abana bazindukaga kare cyane bajya ku ishuri bakagera mu rugo bwije, babwiriwe ariko nibura ubu bariga hafi kandi turimo kunoza uko bose bafatira ifunguro ku ishuri kuko umwana ushonje ntakurikira amasomo neza.”

    Kongera ibyumba by’amashuri kandi ngo byakuyeho kwiga mu byiciro (Double shift), aho bamwe bigaga mu gitondo abandi nyuma ya saa sita.

    Yishimira kandi ko abana bakuwe ku kwiga mu mezi y’izuba ryinshi ahubwo bakazajya batangira umwaka mu kwezi k’Ukwakira, impeshyi irangiye.

    Amashuri yubatswe mashya kandi yazanye ibikorwa remezo by’imihanda, amashanyarazi ndetse n’amazi.

    Avuga ko mu kubaka amashuri habaye kwishakamo ibisubizo ababyeyi batanga umuganda wabo ndetse hakaba hari n’amashuri amwe ababyeyi bakijyanayo inkwi ndetse bagafasha no mu ifunguro ry’abana.

    Kuba rero hari amwe mu mashuri yongereye ibikoresho by’ishuri ndetse n’amafaranga ku buryo byagora ababyeyi batishoboye, Guverineri Gasana avuga ko hari ibigenda binozwa neza ku buryo ababyeyi bazoroherezwa ntibasabwe ibyo badafite.

    Agira ati “Iki gikorwa kigomba guhabwa agaciro kacyo, uko iminsi igenda ni ko bigenda bijya mu buryo bwiza gusa turashaka ngo tubinoze neza ku buryo twumva ko umuturage atahaguye cyangwa batamusabye ibyo adafite kandi n’abanyeshuri bakiga neza.”

    Avuga ko Leta nta cyayinanira kandi ntako itanagira ngo bitungane neza ndetse ngo n’ubuyobozi bakaba biteguye gukurikirana ko ibintu byose byagenda neza.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, we agaruka ku mpamvu zishobora gutuma hari amashuri yongereye amafaranga yakaga ababyeyi atanga urugero kuri GS Nyagatare.

    Avuga ko impamvu ryongereye amafaranga ari imiterere y’aho riri kuko rizengurutswe n’imihanda bityo byasabye ko rizengurutswa uruzitiro kugira ngo bitange umutekano ku banyeshuri.

    Ariko naNnone avuga ko nk’intumbero y’igihugu y’uko buri mwana wese ugejeje igihe cyo kwiga agomba kuba yiga, na bo bagomba kureba ko ibyakwa ababyeyi bitatuma hari abana batiga.

    Ati “Ababyeyi rero igihe bashobora kuba koko aribo bicaye bakiyemeza kunganira ingengo y’Imari ya Leta, bati aho kugira ngo abana bacu bajye mu mihanda habe haba impanuka runaka. Aha rero icyo umuntu yareba ni ukuvuga ngo ese ko tuharerera turi benshi kuri GS Nyagatare, ni nde uri butange amafaranga ni nde utari buyatange? Kuko intumbero nyamukuru ni uko nta mwana ugomba kutiga.”

    Avuga ko iyo bikozwe neza bidashobora guteza ikibazo kuko ababyeyi babishoboye babikoze byaba ari byiza cyane ariko na none habonetse abatabishoboye ku buryo byaviramo umwana kureka ishuri, umurongo w’igihugu waba wirengagijwe.

    Avuga ko nk’ubuyobozi bagiye gukurikirana uko bikorwa ku buryo nta baharenganira bigatuma hari abana bata amashuri.


    source : https://ift.tt/3voOvGP