Tag: featured

  • Abantu 10 basahuye imodoka yakoze impanuka batawe muri yombi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni impanuka yabereye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Kageyo, mu Kagari ka Kabuga, ahagana saa munani mu rucyerera rwa tariki 21 Ukwakira 202.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi, SP Ndashima Gisanga, avuga ko ubwo impanuka yabaga bamwe mu baturage babyutse bagahita bihutira gutwara ibicuba byarimo amata aho gutabariza abakoze impanuka.

    Ati “Umushoferi yakoze impanuka ata umuhanda ku bw’amahirwe ntiyapfuye, ubuyobozi bwa sosiyete icuruza ayo amata batubwiye ko yari atwaye ibicuba 52 ariko byose abaturage barabyibye. Kugeza ubu 29 byamaze kuboneka ndetse n’abantu 10 bacyekwaho kubyiba barafashwe kuko bagiye babifatanwa mu ngo zabo”.

    SP Gisanga avuga ko atari bwo bwa mbere habaye impanuka abaturage bakihutira gusahura aho gutabara, ari na ho ahera asaba abaturage kujya bagira umutima wo gutabara mbere y’ibindi mu gihe habaye impanuka.

    Ati “Haherutse kuba impanuka imodoka ihetse ibirayi, abaturage bihutira gutwara ibirayi. Kenshi abaturage tubabwira ko igihe habaye impanuka batagomba gusahura ahubwo bagomba kugira umutima wo gutabariza abagize impanuka bakajyanwa kwa muganga kandi bakanarinda abagize impanuka igihe Polisi itarahagera”.

    Abafashwe bahise bashyikirirwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ikorera kuri sitasiyo ya Polisi ya Gicumbi kugira ngo bakurikiranwe n’amategeko, Hakaba hakirimo gukorwa iperereza kugira ngo n’abandi bafatwe.

    Mu gihe baramuka bahamwe n’icyaha, Itegeko no ryo kuwa 30/08/2018 mu ngingo yaryo ya 166, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), hamwe n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2), n’imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6), cyangwa se kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Naho ingingo ya 167 y’iri tegeko ikavuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2), iyo uwibye yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gufungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo, cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe n’ijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

    source : https://ift.tt/30L4Ytr

  • Huye: Abantu batatu baguwe gitumo bafite litiro 840 z’inzoga ya ‘muriture’ – #rwanda #RwOT

    Zafatanwe abantu batatu barimo uw’imyaka 41, uwa 28 n’uw’imyaka 26 y’amavuko.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko izo nzoga zafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Yagize ati” Polisi yabonye amakuru ko bariya bantu bakora inzoga zitemewe zo mu bwoko bwa Muriture. Twateguye ibikorwa byo kubafata nibwo abapolisi bagiye mu ngo zabo hagaragarayo litiro 840 za ziriya nzoga.”

    SP Kanamugire akomeza avuga ko abafatanwe izo nzoga bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha na ho inzoga ziramenwa. Yakomeje akangurira abaturage kwirinda kunywa ziriya nzoga ndetse bagatanga amakuru igihe hari abantu babonye bazikora.

    Ati” Ziriya nzoga ntabwo ari nziza ku buzima bw’umuntu bitewe n’uko ibyo bazikoramo bitazwi. Ziriya nzoga abazinyoye usanga bakora ibyaha bitandukanye bihungabanya umutekano w’abaturage nko gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu abagore n’abakobwa, ubujura n’ibindi bitandukanye.”

    SP Kanamugire yibukije abaturage ko Polisi itazahwema kurwanya bene izo nzoga kandi abazajya bazifatanwa bazajya bashyikirizwa ubutabera. Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Simbi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

    Bafatanywe litiro zisaga 800 z’inzoga ya muriture

    source : https://ift.tt/3BarQPv

  • Karongi: Abakobwa bayobotse umwuga wo gukora no kudoda inkweto baratinyura bagenzi babo – #rwanda #RwOT

    Nishimwe Chantal, wiga umwuga wo gukora inkweto mu Ishuri rya Munanira TVET avuga ko mbere yumvaga umwuga wo gukora no kudoda inkweto ari uw’abagabo, gusa ngo nyuma yo kubona uburyo inkweto ziva hanze zihenze byamuteye ishyaka ahindura imyumvire kugira ngo akore inkweto zahangana n’iziva hanze zihenze.

    Ati “Nabonaga abamasayi uburyo bari kuduhenda kandi natwe mu Rwanda twabyikorera, ibyo byatumye ntinyuka ndavuga nti ‘abakobwa natwe natwe dufite ubushobozi bwo kugera ku byo abandi bagezeho”.

    Nishimwe afite intego yo kuzagira uruganda rukorera inkweto mu Rwanda. Uyu mukobwa asaba bagenzi be bacyitinya bumva ko hari imirimo igenewe abagabo n’igenewe abagore ko iyo myumvire bakwiye kuyihindura.

    Ati “Abakobwa bagenzi banjye bacyitinya nababwira ko abakobwa natwe dushoboye, nta murimo ugenewe umugabo, nta wugenewe abagabo, umwuga umwe yakora na mugenzi we yawukora”.

    Mutoni Shakira asana inkweto zacitse ndetse akaba aniga gukora inkweto n’amasakoshi.

    Ati “Imyuga iyo umuntu yayize ntabwo apfa gukena, abona amafaranga menshi mu gihe yifuza atagiye gushakisha akazi. Nshobora gukora inkweto imwe nkaba ndushije amafaranga umuntu wiriwe ahinga. Inama naha abakobwa bagenzi banjye ni ukubakundisha umwuga wo gukora ibikomoka ku mpu kuko bifasha umuntu kwiteza imbere, kandi ntabure amafaranga mu gihe ayakeneye.”

    Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Karongi, Mukase Valentine, avuga ko nta wukwiye kumva ko umurimo runaka ugenewe igitsina runaka, cyangwa ngo hagire umwuga umuntu yumva ko usuzuguritse.

    Ati “Abaturage icyo twababwira ni uko bagomba guha umurimo agaciro, bagakura amaboko mu mufuka bagakora, nta murimo ugenewe abagore nta murimo ugenewe abagabo. Ikindi nababwira ni uko nta murimo mutoya ubaho umurimo wose wakoze uwushyizeho umwete, ukitanga ugakora ntacyatuma utaguteza imbere.”

    Ishuri rya Munanira TVET ryigamo abakobwa 13 n’abahungu 13.

    Uwamariya Josephine, umuyobozi w’umuryango ActionAid, avuga ko igitekerezo cyo kubaka ishuri rya TVET cyavuye mu baturage ubwabo.

    Abakobwa bakora inkweto bavuga ko uyu mwuga utakiri uw’abagabo gusa

    Inkweto ziha ahandi zajyaga zibahenda none basigaye bazikorera

    source : https://ift.tt/3poL4ik

  • Gatsibo: Abangavu 100 batewe inda imburagihe basubijwe mu ishuri – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 21 Ukwakira 2021 nyuma y’inama nyunguranabitekerezo yahuje inzego z’ubuyobozi hagamijwe gusesengura inzitizi zibuza abana babyariye iwabo gusubira mu ishuri no gufata ingamba mu kuzikemura.

    Iyi nama yateguwe ku bufatanye n’Umuryango Empower Rwanda usanzwe ukora ibikorwa byo kwita ku bakobwa babyariye mu rugo.

    Mu bangavu 100 basubijwe mu ishuri na Empower Rwanda abagera kuri 80 bagiye kurihirirwa imyuga mu gihe abandi 20 bazakomeza mu mashuri yisumbuye.

    Uwimpuhwe Yvonne ufite imyaka 19 watewe inda afite imyaka 16 yavuze ko zimwe mu mbogamizi zikunze gutuma iyo bamaze kubyara badasubira mu ishuri harimo kuba baba baturuka mu miryango itishoboye.

    Yakomeje agira ati “Nkanjye sinari mfite uwo nsigira umwana, nta mata nabonaga ngo wenda ninjya ngenda nyasigire mama ayamuhe, ikindi iwacu ntibari babashije kubona ibikoresho n’amafaranga y’ishuri byari bibagoye cyane.”

    Umwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gatsibo watanze ubuhamya ku gituma abangavu baterwa inda ariko ntibabashe gusubira mu ishuri, Mukankusi Cartas yavuze ko abenshi usanga baturuka mu miryango ikennye ku buryo kubona ubushobozi bwo gusigarana wa mwana na nyina akajya kwiga bitoroha.

    Yakomeje agira ati “Abenshi bafite ababyeyi b’abakene batakwemera gusigarana abana babo usanga mu rugo hari uwo mukobwa wabyaye ariko afite n’abandi bavandimwe be bakeneye kurya bigatuma wa mubyeyi ajya kubashakira icyo kurya ntasigarane wa mwana.”

    Umuyobozi wa Empower Rwanda, Kabatesi Promesse Olivia, yavuze ko basanze hari abagira ipfunwe ry’uko iyo basubiye mu ishuri bitwa abagore. Ibi ngo akenshi abibwirwa n’abo bigana rimwe na rimwe –ntabashe kubyakira.

    Yavuze ko kandi hari n’abagaragaraza ko bamaze gukura ku buryo abo biganye bageze kure ntabashe kwigana n’abo aruta.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yavuze ko bafite urutonde rw’abangavu babyariwe iwabo n’abamaze gucutsa ku buryo bazarugenderaho bakomeza gukora ubukangurambaga, aba bangavu bagasubira mu ishuri.

    Yasabye ababyeyi kandi kugira inshingano zo kurera abana babo no kubaha iby’ibanze bakenera mu buzima bwabo bwa buri munsi kugira ngo abifuza kubashuka babure aho babahera.

    Kuva uyu mwaka watangira mu Karere ka Gatsibo habarurwa abangavu basaga 400 batewe inda imburagihe ni mu gihe mu mezi make ashize hakozwe umukwabo wafatiwemo abagabo barenga 390 bateye inda abangavu.

    Umwe mu babyeyi batanze ubuhamya yavuze ko ubukene buri mu bituma batita ku bana b’abangavu batewe inda

    Umuyobozi wa Empower Rwanda Kabatesi Olivia yavuze ko bazakomeza kwita ku bangavu batewe inda imburagihe

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard yasabye ababyeyi kongera imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ababasambanya

    source : https://ift.tt/3B6EzCM

  • Minisitiri Mbabazi yagaragaje urubyiruko nk’umutungo ukomeye Afurika ifite – #rwanda #RwOT

    Ibi byavugiwe mu ihuriro ry’urubyiruko ryiswe YouthConnekt Africa Summit riri kuba ku nshuro ya kane, kuva tariki ya 20 kugeza kuya 22 Ukwakira 2021.

    Ubwo hafungurwaga ku mugaragaro iyi nama iri kubera muri Ghana kuri uyu wa mbere tariki ya 20 Ukwakira 2021, Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Mbabazi Rosemary, yagaragaje urubyiruko nk’umutungo ukomeye wa Afurika, bityo rugomba kuba inkingi ya mwamba mu guteza imbere ubukungu by’uyu mugabane.

    Minisitiri Mbabazi yagize ati “Afurika ifite ubutunzi mu ngeri zinyuranye, ariko ubutunzi buruta ubundi ifite ni urubyiruko. Urubyiruko rwa Afurika rufite ubushobozi, imbaraga, ubumenyi n’impano, ndetse rufite umwanya mwiza wo kuba ku isonga mu guhindura uyu mugabane.”

    “Kwihuza kw’ibihugu byateye intambwe ishimishije kurusha mbere, gushyiraho Isoko rusange rya Afurika ni kimwe mu by’ingenzi twagezeho kuko ishyirwa mu bikorwa ryaryo rizagaragaza imbaraga nyazo za Afurika. Kwishyira hamwe kwa Afurika twifuza muri aya masezerano bizagerwaho ari uko urubyiruko rubigizemo uruhare.”

    Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco yibukije urubyiruko rw’ubu ko rugomba gushingira ku bumenyi n’ubushobozi rufite maze rugaharanira iterambere rya Afurika, binyuze mu guhanga ibishya, guhanga imirimo ndetse no gufatanya.

    Yibukije abayobozi ba Afurika ko kugira ngo ive mu ngaruka z’icyorezo cya COVID19, hagomba kongera kurebwa uburyo baha umwanya n’ubushobozi urubyiruko ngo rutange umusanzu mu iterambere ry’ubukungu.

    Dr. Mahamudu Bawumia, Visi Perezida wa Ghana yavuze ko igihe urubyiruko rwaba ruhawe amahirwe n’ubushobozi, nta kabuza rwatanga umusanzu ukomeye mu kuzamura ubukungu bwa Afurika.

    Inama ngarukamwaka ya YouthConnekt Africa ihuza urubyiruko ruvuye hirya no hino ku mugabane wa Afurika no hanze yawo, abanyapolitiki, ibigo bya Leta n’iby’abikorera n’imiryango itari iya Leta hagamijwe kuganira no gushyiraho ingamba zigamije iterambere ry’urubyiruko rwa Afurika.

    Iyi nama yitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye biganjemo urubyiruko

    Minisitiri Mbabazi yavuze ko urubyiruko rubyajwe umusaruro, rwafashwe Afurika kwigobotora ibibazo bitandukanye biyugarije

    U Rwanda rwari ruhagarariwe n’inzego zitandukanye muri iyi nama

    Urubyiruko rwiyemeje gutanga umusanzu warwo mu gufasha Afurika kwigobotora ingaruka yatewe na Covid-19

    source : https://ift.tt/3C7TPkr

  • Ibihugu bya EAC byanenzwe kugenda biguru ntege mu kurwanya iterabwoba – #rwanda #RwOT

    Perezida wa Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ishinzwe ibikorwa by’akarere no gukemura amakimbirane, Fatuma Ndangiza, ku wa 20 Ukwakira yavuze ko ingamba zashyizweho mu kurwanya ibitero by’iterabwoba mu Karere zisa nk’aho nta musaruro ufatika zatanze.

    Yagize ati “Komisiyo ya EALA yabonye ko mu bihe bya vuba bishize, akarere ka Afurika y’Iburasirazuba ari ko kahuye n’ibitero bikakaye by’iterabwoba muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Ibi bigaragaza ko imbaraga zose zashyizweho na EAC mu guhashya iterabwoba nta musaruro zitanga.”

    “Ibitero by’iterabwoba biheruka kubera muri Kenya ni urugero rwiza rw’ukuntu akarere ka Afurika y’Iburasirazuba gakomeje kwibasirwa n’ibi bitero kandi ibihugu binyamuryango bya EAC ntibishyire ingufu mu kubirwanya.”

    Depite Ndangiza yavuze ko mu kongera imbaraga zo kurwanya ibi bitero, abayobozi mu nzego zitandukanye zifasha mu kubungabunga umutekano mu bihugu bigize EAC bajya bahura rimwe na rimwe bakaganira ku cyakorwa kugira ngo ingamba zishyirwaho mu kurwanya iterabwoba zitange umusaruro.

    Ati “Ibi bizashyirwamo imbaraga binyuze mu kazi kazakorwa n’Ihuriro ry’Abanyamadini muri Afurika y’Iburasirazuba bazafasha abantu kumva ububi bw’ibi bikorwa binyuze mu ijambo ry’Imana.”

    Depite Ndangiza yavuze ko kandi abayobozi b’inzego z’urubyiruko muri EAC ndetse n’urubyiruko ruhagarariye za kaminuza na bo bazagira uruhare mu kurwanya iri terabwoba nk’uko inkuru ya The New Times ibivuga.

    Al-Shabaab ni wo mutwe uza ku isonga mu kugaba ibitero by’iterabwoba muri aka karere cyane muri Kenya na Somalia, gusa hari n’indi mitwe itandukanye irimo ADF iba mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gukaza umurego mu guhungabanya umutekano muri EAC.

    Abadepite bo muri EALA bagaragaje ko hakenewe gushyira ingufu mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri EAC

    source : https://ift.tt/3E2lYdd

  • Umuhanzi M1 yatawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    M1 yafatanywe na Uwimana Claude w’imyaka 25 ku wa 21 Ukwakira 2021. Bafatiwe mu Mudugudu wa Kiruhura, Akagari ka Niboye, Umurenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro.

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE ko uyu muhanzi wamamaye mu njyana ya Dancehall yatawe muri yombi.

    Yagize ati “Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.’’

    Mu butumwa bwe, yasabye abaturage kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge kuko bihanwa n’amategeko.

    Dr Murangira yakomeje ati “RIB iributsa abaturarwanda bose ko itazihanganira uwo ariwe wese uzafatwa anywa, acuruza cyangwa atunda ibiyobyabwenge ibyo aribyo byose. Kuburyo bw’umwihariko turasaba abahanzi kuba icyitegererezo hari urubyiruko rufata abahanzi nka role model, tirabasaba kugendera kure ibiyobyabwenge. Tuributsa abantu ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.’’

    M1 na Uwimana Claude bakurikiranyweho ibyaha bibiri birimo “Kunywa ibiyobyabwenge” no “Gutunda ibiyobyabwenge.’’

    Itegeko ry’ibyaha n’ibihano muri rusange rigena ko icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge gihanishwa ingingo ya 11 y’itegeko Nº69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri cyangwa imirimo y’inyungu rusange.

    Mu gihe bahamywa n’icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge, bahanishwa ingingo ya 11 y’itegeko Nº69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rivuga ko ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye (nk’urumogi), bahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya miliyoni zitari munsi ya 20 Frw ariko zitarenze 30.000.000 Frw.

    M1 ni umuhanzi wibanda ku muziki w’injyana ya Dancehall. Yatangiye umuziki mu 2012, akora zimwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo izamenyekanye cyane kuva mu myaka igera ku icumi.

    Uyu muhanzi yamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo “Ibihu’’, “Perfect’’, “Iyo foto’’, “Uritonda’’, “Brenda’’ ari kumwe na Bruce Melodie, “Juliana’’ yakoranye na Umutare Gaby n’izindi. Yanyuze mu maboko y’abakomeye mu gutunganya umuziki mu Rwanda barimo Pastor P n’abandi.

    Nzamwita Olivier Joseph wamamaye mu muziki nka M1 yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha urumogi

    source : https://ift.tt/3pq9Xdk

  • MINEDUC yatunguwe n’abana bo ku Nkombo bakoze moto ikoresha amazi n’umunyu – #rwanda #RwOT

    Muri uru ruzinduko Twagirayezu yagiriye ku Nkombo ku wa 21 Ukwakira 2021, yari aherekejwe n’abayobozi barimo Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), Dr. Bahati Bernard, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem n’abandi.

    Minisitiri Twagirayezu yasuye abanyeshuri b’Urwunge rw’Amashuri rwa Mutagatifu Petero [GS St Pierre Nkombo], agirana nabo ibiganiro ndetse abona umwanya wo kuganira n’abayobozi b’iri shuri.

    Yanasuye ibikorwaremezo by’iri shuri hagamijwe kureba ibyo bamaze kugezwaho ndetse n’ibibura, aho yeretswe ibice bitandukanye by’ikigo birimo icyumba cy’ubushakashatsi bw’abanyeshuri.

    Ishuri rya GS St Pierre Nkombo rifite abanyeshuri 505 ryigisha amasomo ya siyansi.

    Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Nishimiye cyane kubona abanyeshuri bacu barimo gushyira mu bikorwa amahame y’ubutabire n’ubugenge bakabihuza n’ibibaho mu buzima busanzwe kandi bakishimira kubikora.”

    Yavuze ko aba banyeshuri bo ku Nkombo batangiye gushyira mu bikorwa ibyo biga ari urugero rwiza ku bandi bose.

    Twagirayezu kandi kuri iri shuri yasuye itsinda ry’abanyeshuri bakoze moto ifite umwihariko wo kuba itwarwa hakoreshejwe amazi n’umunyu mu rwego rwo kurengera ibidukikije.

    DG NESA agenda kuri moto yakozwe n’abana bo ku Nkombo @RusiziDistrict , @RwandaWest muri GS st Pierre. Moto itwarwa n’amazi n’umunyu. Hari mu ruzinduko Mos @Rwanda_Edu yakoreye ku Nkombo. @RwandaLocalGov @AkayezuJa pic.twitter.com/w9XRbEZNK3

    — Habitegeko Francis (@HabitegekoFran1) October 21, 2021

    Iyi moto inywa litiro ebyiri z’amazi, zikajyamo n’amagarama 25 y’umunyu ikabasha kugenda ibirometero bine. Ni moto urebye ikozwe nka moto isanzwe uretse ko yo ikozwe mu byuma n’amabati ariko ikifashisha na bateri iyiha imbaraga mu kwaka.

    Ifite ahantu ho gushyira urufunguzo kugira ngo yake. Gusa bitandukanye n’izindi moto, yo ntubanza gutera umugeri kugira ngo yake, kuko ukimara gushyiramo urufunguzo iba yatse ukayongerera umuriro (accélérer) ubundi ikagenda.

    Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, yasuye kandi ikigo cy’amashuri abanza cya Bugumira kiri mu Murenge wa Nkombo muri aka Karere ka Rusizi.

    Mu nama yagiranye n’iri shuri, yabasabye kongera ingufu mu kuzamura ireme ry’imyigire n’imyigishirize.

    Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Habitegeko François, aherutse kubwira IGIHE ko ku Nkombo hari impano zidasanzwe kuko uretse aba bakoze moto hari n’abandi bakoze imashini ya EBM.

    Ati “Bakoze ibintu byiza byinshi, iyi moto ikoresha ikoranabuhanga rikoresha amazi n’umunyu. Ntabwo igenda ahantu hanini ariko irakora neza kuko impamvu itagenda urugendo runini ni uko ijyamo litiro ebyiri z’amazi. Ikindi kandi bakora ibindi bintu birimo amasabune, divayi ndetse banafite na gahunda yo gukora Drones.”

    Yavuze ko aba banyeshuri bo ku Nkombo bagaragaje ko guhanga udushya hagamijwe gukemura bimwe mu bibazo abaturage bafite bishoboka kandi bikaba byakorwa n’abakiri bato.

    Iyi moto yakozwe n’abanyeshuri bo ku Nkombo ifite umwihariko udasanzwe wo kuba itwarwa hakoreshejwe amazi n’umunyu

    Twagirayezu Gaspard kandi yasuye icyumba cy’ubushakashatsi cyo muri iri shuri rya St Pierre Nkombo

    Twagirayezu yatunguwe n’abana bo ku Nkombo bakoze moto

    source : https://ift.tt/3GeK4TK

  • Rubavu: Imiryango 60 yacuruzaga magendu yiyemeje kubireka – #rwanda #RwOT

    Ibi babitangaje nyuma y’amahugurwa bahawe n’umushinga ‘’Mupaka Shamba Letu’’, aho bahuriye n’abagabo babo.

    Nshimiyimana Gaudence umwe mu bitabiriye, yavuze ko mbere yatahaga nijoro agatangira gushwana n’umugabo kuko yabaga akeka ko yagiye mu bagabo.

    Ati “Natahaga bwije umugabo agahita atangira kuntoteza ngo nari mu bagabo, byose bigaterwa n’uko mvuye gucuruza nanyuze mu nzira zitemewe n’amategeko kuburyo byageze aho umugabo avuga ko n’umwana nabyaye atari uwe, ubu turi guca ku mupaka tugasora’’.

    Umugabo we Mbwirabumva Jean Claude yavuze ko abakora ubwo bucuruzi butemewe bwambukiranya imipaka, bazwiho kuryamana n’ababaha inzira ari nabyo byatumaga atumvikana n’umugore we.

    Ati’’Icyaduteraga umwiryane nuko yajyaga gucuruza muri Congo agataha ijoro nkumva ko hari izindi nzira yanyuzemo z’ubusambanyi ashaka guca mu mayira atemewe . N’iyo namuhaga igishoro akambwira ko ibyo yaguze babifashe, sinabyakiraga nkumva ko hari ukundi byagenze ariko ubu byarahindutse kubera ibiganiro twagiranye bigatuma abagore bacu bakora ubucuruzi bwemewe’’.

    Nshimiyimana Patrick wo mu murenge wa Nyamyumba avuga ko mbere iyo umugore we yajyaga muri Congo, iyo yatahaga atinze yakekaga ko yagiye gusambana.

    Ati “Mu mudugudu wacu ni njye wari uzwiho amakimbirane n’umugore wanjye byose biterwa n’uko numvaga ko umugore wanjye yatinze gutaha, nkumva ko yagiye gusambana avuye muri Congo ariko ubu kubera ko baduhuje tugahugurwa byararangiye tubanye neza kuburyo mufasha n’imirimo kandi ndimo no gufasha abakibanye nabi’’.

    Kanamugire Marie Michelle Aline, Umukozi w’umushinga wa Mupaka Shamba Letu yavuze ko aba bagore bigiraga mu bushabitsi bakibagirwa imiryango yabo bigatera amakimbirane ntibabashe no guteza imiryango yabo imbere.

    Ati “Aba bagore wasangaga bigira mu kazi gusa ntibibuke inshingano zabo mu rugo kuburyo batibukaga kwita ku bana babo, bamwe bakabasiga mu mipaka bagasigarana na bakuru babo nabo bakuwe mu ishuri, yanataha agasanga umugabo yarakaye kuko yakekaga ko yagiye mu bagabo bigatera amakimbirane.”

    Yakomeje asaba abagikora ubwo bucuruzi kubegera bakajya mu makoperative kuko bizabafasha kubakorera ubuvugizi ariko bakanirinda guca mu mayira atemewe.

    Mu karere ka Rubavu hakunze kugaragara abakora ubucuruzi butemewe bwambukiranya umupaka, nubwo inzego z’ubuyobozi zihora zibakangurira gukoresha uburyo bwemewe banyura ku mupaka.

    Imiryango myinshi kuri ubu ibanye neza nyuma yo kuva mu bucuruzi butemewe

    Biyemeje kureka ubucuruzi butemewe kugira ngo bakore ibibateza imbere kandi imiryango yabo itekane

    source : https://ift.tt/3GbvjBj

  • Amateka ya Makanyaga Abdul umaze imyaka hafi 50 mu muziki #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Makanyaga Abdul yavukiye muri Komini Ngoma ahahoze ari muri Perefegitura ya Butare ubu ni mu Karere ka Huye. Ku myaka itatu (1950) yajyanye n’ababyeyi be i Muyinga mu Burundi bajyanywe n’Ababiligi se wa Makanyaga yakoreraga mu by’amashanyarazi ariko nyuma baje kugaruka mu Rwanda baturutse i Bujumbura.

    Yatangiye umwuga wo gucuranga no kuririmba ahagana mu 1967, aririmba muri Orchestres zitandukanye zo mu Rwanda zirimo Abamararungu, Inkumburwa, Les Copins n’izindi.

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Makanyaga yifatanyije n’abandi bagenzi be bacurangaga muri Orchestres zitandukanye zari zitakiriho bashyiraho Itsinda ryitwa Irangira.

    Usibye kuba umuhanzi n’umucuranzi, Makanyaga ni n’umwe mu bakinnyi ba mbere b’ikipe y’umupira w’amaguru ya Kiyovu Sports usibye ko atatinzemo kubera imvune.

    Mu myaka hafi 50 amaze mu mwuga, Makanyaga arakihagazeho haba ku ijwi n’ubuhanga mu gukirigita gitari abikesha ibanga rimwe rukumbi.

    Bikurikire muri iki kiganiro Nyiringanzo kuri YouTube ya KT Radio:

    source : https://ift.tt/3jrPlxv