Blog

  • Perezida Kagame yashimiye Donald Trump watsinze amatora ya Perezida wa Amerika – #rwanda #RwOT

    Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba wo kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2024, Perezida Kagame yavuze ko Guverinoma y'u Rwanda n'Abanyarwanda muri rusange bashimira Trump ku ntsinzi y'amateka yagize akaba Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Yagize ati “Ubutumwa bwawe busobanutse bwahoze ari uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikwiye kuba umufatanyabikorwa w'amahitamo, uhamagarira abandi kuyifatiraho urugero aho kubahatira kubona ibintu nkayo no kubaho nkayo. Ndashaka rero gukorana nawe mu nyungu rusange z'ibihugu byombi mu myaka iri imbere.”

    Donald Trump wo mu ishyaka ry'Aba-Républicains yegukanye umwanya w'Umukuru w'Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, aba Perezida wa 47 w'iki gihugu. Yahigitse abo bari bahanganye cyane cyane Kamala Harris w'ishyaka ry'Aba-Démocrates.

    Ni nyuma yo kubona amajwi ya Electoral college 277, mu gihe Kamala Harris afite 224.

    Nubwo amajwi akiri kubarurwa, Donald Trump yamaze kwegukana amajwi ya 'Electoral college' 270, asabwa kugira ngo umuntu atsinde amatora y'Umukuru w'Igihugu muri Amerika.

    Trump wigeze kuyobora Amerika hagati ya 2016 na 2021, agarutse mu biro bya Perezida wa Amerika, White House nyuma y'urugamba rukomeye rwo kwiyamamaza rwatumye asimbuka urupfu inshuro ebyiri mu mezi ane ashize.

    Intero ya Trump yiyamamaza ni 'Ugusubiza Amerika icyubahiro yahoranye', Make America Great Again. Inshuro zose yagiye yiyamamaza, yavuze ko gusubiza Amerika icyubahiro bizaca mu guhagarika kwivanga mu bibera ahandi, imbaraga zigashyirwa mu kubaka Amerika ikaba ikigega cy'Isi, Abanyamerika bakabona akazi n'ubuzima bwiza.

    Trump yijeje ko akigera ku butegetsi, amasaha ya mbere azayamara ahagarika intambara y'u Burusiya na Ukraine imaze imyaka itatu. Kuri we, ntabwo yumva uburyo Amerika ikwiriye gusohora miliyari z'amadolari ya buri munsi ngo irafasha Ukraine, mu gihe abaturage bayo bicira isazi mu jisho.

    Ikimuraje ishinga ni ugufasha abashaka gushing inganda muri Amerika ndetse n'abasanzwe bazihafite, kugira ngo bakore ibintu byinshi kandi biciriritse abaturage bashobora kwigondera, bityo babone akazi kandi bahahe bitabagoye.

    Perezida Kagame yashimiye Donald Trump watsinze amatora ya Perezida wa Amerika


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yashimiye-donald-trump-watsinze-amatora-ya-perezida-wa-amerika

  • Kamonyi: Operasiyo y'Itsinda ridasanzwe rya Polisi irimo gutanga Gasopo mu bazwi nk'Abahebyi n'ibihazi #rwanda #RwOT

    Kuva kuri uyu wa mbere mu karere ka Kamonyi mu mirenge ya; Rukoma, Ngamba na Kayenzi, izwiho kubamo ibirombe by'Amabuye y'agaciro, ariko hamwe hagakorwa ubucukuzi budakurikije amategeko, abakora ibitemewe barimo guhigwa bukware. Abagera kuri 17( imibare ya Polisi) bamaze gutabwa muri yombi bazira ubucukuzi butemewe n'amategeko ndetse n'abagura aya mabuye y'agaciro binyuranije n'amategeko. 'Abaturage bati kabaye!, ntabwo tuzi ngo ni inde usigara'?.

    Iki gikorwa cy'itsinda ridasanzwe rya Polisi y'u Rwanda bivugwa ko ryaturutse i Kigali, ni igikorwa kije gisa n'igikomeza ibyo irindi tsinda ridasanzwe( Special Forces), abaturage bavuga ko ryari rimaze iminsi itari mike muri iyi mirenge ya Rukoma, Ngamba ndetse na Kayenzi. Gusa ngo aba baje ntabwo basanzwe ugereranije n'abari basanzwe.

    Bamwe mu baturage muri iyi mirenge ya Rukoma, Ngamba na Kayenzi, kuri uyu wa Kabiri babwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko wagira ngo aba ba Polisi baje bafite urutonde rw'Abahebyi n'ibihazi ngo kuko abo basanzwe bazi mu bikorwa bitemewe, barajya kumva bakumva ngo 'baramutwaye'.

    Ni Igikorwa( Operasiyo) abaturage babwiye intyoza.com ko ari nka ' Rukukumbashingwe' kuko mu minsi ibiri gusa bahageze abenshi mu bo bari bazi muri ibi bikorwa by'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe n'amategeko ndetse no mu bindi bikorwa bitari byiza bamaze kubata muri yombi.

    SP Emmanuel Habiyaremye, Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo yabwiye intyoza.com ko iki gikorwa kitari gusa mu karere ka Kamonyi, ko ahubwo kiri no muri Muhangana na Ruhango, kandi ko hamaze gufatwa abasaga 50 bakora ibikorwa by'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu buryo butemewe n'amategeko.

    Iri tsinda ridasanzwe rya Polisi y'u Rwanda, uretse gukoresha inzira y'Ubutaka rishakisha abakora ibi bikorwa by'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe n'amategeko, hari amakuru agera ku intyoza.com avuga ko banafite utudege duto tuzwi nka Drone bifashisha muri iki gikorwa bamwe bise 'njyana muhebyi'.

    SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye intyoza.com ko ibikorwa byo gushakisha aba bantu bari mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe n'amategeko bikomeje, ko kandi nk'ibisanzwe bashimira abaturage bakomeje gufasha Polisi bayiha amakuru atuma abakora ibitemewe bafatwa. Arasaba ko ubwo bufatanye babukomeza kugira ngo uwo ariwe wese ubarizwa muri ibi bikorwa afatwe.

    Bamwe mu baturage baganiriye na intyoza.com bavuga ko Polisi y'u Rwanda by'umwihariko iri tsinda ridasanzwe ryoherejwe muri iki gikorwa rikwiye no kureba kuri bamwe mu bantu bafite amafaranga, abafatwa nk'abakomeye bakoresha aba bahebyi, ari nabo babagurira umusaruro w'ibyo baba bakuye mu nda y'Isi. Bahamya ko abo ari nabo babashora muri ubwo bucukuzi butemewe bunaberamo urugomo ngo kuko badafite ayo maboko abashora batajya muri ibyo bikorwa.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/2024/11/06/kamonyi-operasiyo-yitsinda-ridasanzwe-rya-polisi-irimo-gutanga-gasopo-mu-bazwi-nkabahebyi-nibihazi/

  • Abangavu bagize 70% y’abapfa babyara: Impamvu… – #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yatangaje ko nubwo amategeko asanzwe ateganya ko abifatira imyanzuro ku birebana no guhabwa serivisi z'ubuzima bw'imyororokere ari abafite imyaka y'ubukure [ni ukuvuga imyaka 18], usanga bizitira ingimbi n'abangavu kuri serivisi n'amakuru ku buzima bw'imyororokere bikaba intandaro y'ubwiyongere bw'inda zitateganyijwe.

    Yabikomojeho kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ugushyingo 2024 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w'Abadepite umushinga w'itegeko rigenga serivisi z'ubuvuzi, asaba ko wemerezwa ishingiro.

    Iri tegeko ririmo ingingo iteganya ko umuntu ufite imyaka kuva kuri 15 kuzamura ashobora kwifatira icyemezo cyo guhabwa amakuru na serivisi z'ubuzima bw'imyororokere. Mu bisobanuro hagaragaza ko 'imyaka y'ubukure' muri iri tegeko bivuga imyaka 15 y'amavuko kuzamura.

    Ati 'Itegeko rivuga ko umuntu wese afite uburenganzira bwo kugezwaho inyigisho n'ibikorwa by'ubuvuzi bijyanye na serivisi z'imyororokere y'abantu kandi ko nta wukwiriye kuvutswa uburenganzira kubera ivangura iryo ari ryo ryose.'

    Dr. Nsanzimana yasobanuye ko uko amategeko yari asanzwe ameze aheza abangavu n'ingimbi bakabuzwa uburenganzira bwo gufata ibyemezo by'ubuzima bwabo ndetse n'imyororokere 'kuko imyaka y'ubukure mu Rwanda ni imyaka 18 nk'uko biteganywa n'ingingo ya 104 y'itegeko rigena abantu n'umuryango.'

    Ati 'Nubwo bimeze bityo amategeko ntabwo avuga uburyo ingimbi zishobora kubona amakuru y'ubuzima bw'imyororokere na serivisi kandi amategeko ni yo yemeza ko buri wese afite uburenganzira ku makuru na serivisi z'ubuzima bw'imyororokere. 

    Kuba rero abangavu n'ingimbi batabona amakuru ku bijyanye n'ubuzima bw'imyororokere ndetse na serivisi bituma haba ikibazo cy'inda zitateganyijwe. Uyu mushinga rero tukaba twaragabanyije ku myaka yo kwiyemerera kubona serivisi z'ubuzima.'

    Dr. Nsanzimana yasobanuye ko mu mezi 12 ashize mu mavuriro yo hirya no hino mu gihugu bakiriye abana b'abakobwa bari munsi y'imyaka 18 batwite bari bagiye gusuzumisha inda bagera ku 8000.

    Ati 'Baje ku mavuriro turabakurikirana nk'abandi batwite ariko icyaje kudutera impungenge ni uko 70% by'aba cyane cyane abari munsi y'imyaka 20 ni bo bibasirwa cyane n'impfu z'ababyeyi n'iz'abana. Ni ukuvuga ko impfu z'ababyeyi n'izabana tugira hano mu gihugu 70% ziba muri muri aba bari munsi y'imyaka y'ubukure.'

    Yasobanuye ko ibyinshi bijyana n'imiterere y'umubiri no kuba umuntu atarageza imyaka yo gutwitiraho, umubiri utaritegura neza, ndetse n'abandi baba baragerageje gukuramo inda byabagwa nabi bakabireka.

    Dr. Nsanzimana yanavuze ko impfu z'abana batarageza ku myaka itanu na bo 70% bari mu bavutse ku bakobwa batarageza ku myaka y'ubukure, mu gihe 35% by'abana bagwingira na bo usanga baravutse ku bangavu babyaye batujuje imyaka y'ubukure.

    Yashimangiye ko 'bifitanye isano n'igwingira, bifitanye isano n'impfu z'ababyeyi n'abana noneho tukabona ko no mu myaka itanu ishize imibare twarayisesenguye, ntabwo yigeze ihinduka ngo igabanyuke kandi harakoreshejwe ubundi buryo abantu bashyizemo imbaraga.'

    Ubushakashatsi bwa 6 ku buzima n'imibereho y'abaturage bugaragaza ko hari abagore bafite imyaka 15-19 basanze barakuyemo inda, abatwite n'ababyaye bafite abana bitaho. Umubare munini w'aba bana ni abo mu byaro, mu gihe biganjemo abize amashuri abanza gusa, hamwe n'ayisumbuye.

    Ubu bushakashatsi bugaragaza ko ko abana 4.5% b'abakobwa bakoze imibonano mpuzabitsina batarageza ku myaka 15, mu gihe abahungu bo ari 10.1% baba barakoze imibonano mpuzabitsina batarageza ku myaka 15. Muri aba harimo abari bafite abana mbere yo kugeza ku myaka 15 y'amavuko.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148386/abangavu-bagize-70-yabapfa-babyara-impamvu-basabirwa-kwemererwa-kuboneza-urubyaro-148386.html

  • Yahamijwe ibyaha 34, atsinda abagore babiri!… – #rwanda #RwOT

    Amatora y’umukuru w’igihugu y’Amerika yabaye ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, gusa ibyavuyemo byatangajwe uyu munsi aho Donald Trump yamaze kuyatsinda ku majwi 277 ahigitse Kamala Harris wagize 224.

    Ibi byatumye ahita yishimira intsinzi igitaraganya mu ijambo ryanyuze kuri Televiziyo ya Fox News, aho yahagaze imbere y’abarwanashyaka be akabasezeranya byinshi birimo no kuba atazigera ashyira Amerika mu ntambara ahubwo ko agiye kuyifasha guhagarika n’izindi ntambara ahereye kuya Ukraine n’u Burusiya.

    Abaye Perezida wa mbere ugiye kuyobora Amerika yarahamwe n’ibyaha 34

    Muri Mata uyu mwaka, Trump yashinjwaga n’urukiko rwa New York ibyaha bitandukanye bigera kuri 70, harimo ibyo yakoze mbere yo kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibyo yakoze amaze kugera muri White House.

    Icyakoze muri ibi ibyaha 70 yahamwe n’ibyaha 34 byo guhimba amakuru yerekeranye n'ubucuruzi mu rwego rwa mbere, ibyaha bikomeye byari kumuviramo gufungwa imyaka ine kuri buri cyaha.

    Ibyo birego bishingiye ku mafaranga menshi yanyujijwe kuri Michael Cohen wahoze ari umunyamategeko wa Trump mu gihe cy'ibikorwa byo kwiyamamaza bya 2016, hagamijwe kwishyura umukinnyi wa filime z'urukozasoni Stormie Daniels. Uyu yavugaga ko yagiranye imibonano mpuzabitsina na Trump mu myaka icumi yabanje.

    Kuko uyu mugabo yahise atangira ibikorwa byo kwiyamamaza, urukiko rwa New York rwanzuye ko ruzafata umwanzuro w’ibyaha 34 yahamwe nyuma y’amatora ndetse ko ayatsinze azabiryozwa manda y’imyaka 4 irangiye. Bivuze ko kuba yatsinze aya matora atazahita asomerwa umwanzuro w’urukiko ahubwo ko bazategereza akarangiza iyi manda.

    Akandi gashya ko kuba yongeye kuba Perezida ni uko yatsinze abagore babiri mu matora

    Trump ni we mu Perezida wa mbere w’Amerika umaze gutsinda abagore babiri mu matora. Mu 2016 yatsinze Hillary Clinton bari bahanganye, ndetse ubu mu mwaka wa 2024 yatsinze Kamala Harris. Mu mateka y’Amerika ni bwo bwa mbere bibaye.

    Amateka y’ingenzi wamenya kuri Donald Trump

    Donald Trump ubishatse wamwita kirihahira, umugabo uvuga ibyo ashaka, utagira ubwoba mu mivugire, wigirira icyizere, utebya bidasanzwe, umukire wo ku rwego rwo hejuru n'ibindi.

    Amateka ye ni maremare bitewe n'ibikorwa bye birimo ubucuruzi, ubuhanzi, ubwubatsi, politiki, kumenyekanisha ibikorwa, Siporo, ibiganiro kuri Televiziyo, kuvuga imbwirwa-ruhame zikakaye, kugira uruhare mu marushanwa y'ubwiza, ishoramari n'ibindi.Twifashishije imbuga za internet zitandukanye, twagerageje gukusanya amwe mu mateka y'uyu mugabo.

    Donald John Trump yavutse ku wa 14 Kamena 1946 avukira mu mujyi wa New York; ni umuhungu wa Fred Trump na Mary Anne Trump. Ni umwana wa Kane mu bana batanu.

    Arubatse, afite abana batanu yabyaranye n'abagore batatu batandukanye muri bo babiri baratandukanye, uwa gatatu niwe bari kumwe ubu witwa Melania Knauss aho bashyingiranywe mu 2005.

    Yize muri Kaminuza ya Fordham University mu gihe cy'imyaka ibiri. Nyuma yaje kwinjira mu ishuri ry'ubucuruzi rya Wharton riherereye muri Kaminuza ya Pennsylvania. Kwiga yabifatanyaga no gukora akazi mu isosiyete y'ubwubatsi ya se izwi ku izina rya Elizabeth Trump & Son. 

    Trump yaje kurangiza mu ishuri rya Wharton mu 1968 aho yakuye impamyabushobozi y'icyiciro cya kabiri mu by'ubukungu; ahita yinjira mu isosiye ya se neza. Mu 1971 yahawe ububasha bwo kuyigenzura aza no kuyita “The Trump Organization”.

    Trump kandi yize no mu ishuri rya gisirikare rya New York Military Academy aho yaje kurangiza ari mu banyeshuri beza bafite amanota meza. Kuri ubu ni umuntu uzwi mu bikorwa by'ubwubatsi ndetse akaba anazwi mu itangazamakuru na politiki.

    Trump mu bucuruzi n'ishoramari

    Trump yarangije amashuri afite umutungo ungana n'amadolari ya Amerika 200,000 (Ugereranije no muri iki gihe yaba ageze kuri $1,021,000 mu 2016). Yatangiriye impano ye mu isosiyete y'ubwubatsi ya se izwi ku izina rya yibandaga ku kubaka inzu zikodeshwa n'abafite ubushobozi buringaniye.

    Mu 1971, Trump yaje kwerekeza Manhattan, aho yaje kwinjira mu mishinga y'ubwubatsi minini; aha akaba yarifashishije ubunararibonye bwe mu gukora ibishushanyo mbonera bigezweho byatumye akurura imitima ya benshi.

    Hagati aho ariko yamenyekanye ubwo isosiyete ye y'ubwubatsi yagezwaga mu nkiko izira kuba itarubahije amategeko y'ubwubatsi, gusa icyo gihe Trump yashinjije inzego z'ubutabera kumubonerana kuko sosiyete ye yari nini kandi ifite ubunararibonye kurusha izindi.

    Mu 2001 nibwo Trump yarangije kubaka umuturirwa we Trump World Tower wegeranye n'icyicaro cya Loni giherereye i New York. Yahise anatangira kubaka indi nyubako ahiswe Trump Place mu nkengero z'umugezi wa Hudson.

    Trump kandi afite imyanya y'ubucuruzi mu isosiyete Trump International Hotel and Tower; hakaba hari n'andi masosiye amwishyura kubera gukoresha izina rye arimo nk'iyo muri Turikiya izwi ku izina rya Trump Towers Istanbul, mu Ukuboza 2015 iyo sosiye ikaba yaratangiye inzira y'amategeko yo kureba uko yakwitandukanya nawe nyuma y'ijambo yavuze ryo kubuza abayisilamu kwinjira muri Amerika.

    Byose Trump abikora binyuze mu kigo yise Trump Organization; iki kigo akaba ari cyo gikoresha kikanagenzura ibikorwa by'ishoramari mu bwubatsi hirya no hino ku Isi.

    Imenyekanisha bikorwa n'uruhushya rwo gukoresha izina rye

    Kubera kuba rurangiranwa, Donald Trump yifashishwa mu kumenyekanisha ibikorwa ndetse n'izina rye rika ryishyuzwa ku muntu warikoresheje mu bikorwa bye.

    Iri zina kandi yaryifashishije mu bikorwa bye by'ishoramari birimo amasosiyete atandukanye arimo nk'iyitwa Trump Financial, The Trump Entrepreneur Initiative benshi bakunze no kwita Trump University n'ibindi birimo kugaragara ku masaha, imyambaro, ibinyobwa,ibitabo,.

    Trump mu bijyanye n'itangazamakuru

    Yakunze kumenyekana mu nkuru z'urwenya, gushushanya Cartoon ndetse no gushushanya amashusho ajya kuri Internet. Trump yanagize ikiganiro cya buri munsi cyacaga kuri radio kitwa Trumped!. Yanakinnye muri film y'uruhererekane yacaga kuri TV; iyo filimi ikaba izwi ku izina rya Sex and the City.

    Muri Kanama 2015 kuri Internet hagaragaye film mbarankuru kuri Trump hagati y'imyaka ya 1980 na 1990; iyo film yiswe “What's the Deal?”

    Mu 2003, Trump yatangiye gukora ikiganiro gica kuri Televiziyo ya NBC cyitwa The Apprentice, aho kigaragaramo abantu baba bahatanira imyanya y'ubuyobozi muri kimwe mu bigo by'ubucuruzi bya Trump. Mu mwaka wa Mbere w'icyo kiganiro Trump yabonaga $50,000 kuri buri gace; ariko nyuma bigaragaye ko gikunzwe yaje kujya ahembwa miliyoni eshatu z'amadorari kuri buri gace.

    Afatanyije n'umunyamakuru w'umwongereza, Mark Burnett, Trump yaje guhabwa akazi ko kujya akora ikiganiro kitwa The Celebrity Apprentice; aho abantu bazwi (Stars) baba bahatanira amafaranga yo gushora mu bikorwa by'ubugiraneza.

    Trump n'abagore rwarahize

    Donald Trump afite abana batanu yabyaye ku bagore batatu batandukanye, barimo n'uwamushinje ihohotera rishingiye ku gitsina. Muri rusange, abagore 26 bashinje Trump iki cyaha. Nubwo yahamwe n'ikirego kimwe muri ibi byose, biragoye guhakana ibivugwa n'aba bagore kuko mu mvugo za Trump nyirizina, atahwemye kuvuga kuri iyi ngingo.

    Rimwe yigeze kugira ati 'Nkururwa by'ako kanya n'abagore beza, mpita ntangira kubasoma, ni nka rukuruzi, mpita mbasoma ako kanya. Sinjya ntegereza kandi iyo uri icyamamare, barakureka ukabibakorera. Wakora icyo ushaka, wabakora ku gitsina, wakora buri kimwe cyose ushaka.'

    Ibanga ryo 'kwigira igitangaza’

    Mu bijyanye n'imitekerereze, abantu kenshi bahora biyifuriza ibyiza. Niyo mpamvu twubaha umuntu ufite ibyiza yagezeho, kuko biba ari ikimenyetso cy'ibishoboka kuri twe.

    Nk'ubu iyo tuvuze Trump, benshi twumva umugabo w'umukire ufite inyubako nyinshi cyane kandi ndende, nyamara nyinshi muri zo ntabwo ari ize, ahubwo zikoresha izina rye. Gusa nanone Trump agira inyubako ye y'agatangaza, izwi nka Trump Tower.

    Trump muri politiki

    Trump yakunze kunanirwa gusobanura neza umurongo wa politiki we. Raporo yo mu 2011 yakozwe n'ikigo-Center for Responsive Politics yerekanye ko Trump yagiye atera inkunga ibikorwa by'amatora muri Amerika; kandi agatera inkunga amashyaka yombi ariyo aba-republicains n'aba-democrates. Nyuma ya 2011 yaje gushyigikira abaharanira aba-republicains ku buryo bugaragara kurusha bagenzi babo bahangana.

    Trump ni umwe mu bateye inkunga Ronald Reagan kugira ngo abe Perezida wa Amerika ndetse mu 2012 yashyigikiye ko Mitt Romney yiyamamariza kuba Perezida. Mu 2015 ubwo yabazwaga umuperezida wamubereye mwiza yemeje ko ari Bill Clinton kurusha George H.W. Bush na George W. Bush.

    Amashyaka yakunze kubarizwamo yagiye ahinduka aho nko kugeza mu 1987 yari muba-democrates nyuma kuva mu 1987-1999 ajya mu ba-republicains nyuma yaje guhindura ajya mu ishyaka ry'Impindura matwara uhereye mu 1999-2001. Kuva mu 2001 kugeza 2009 yari umu-demokarate na none aza kongera guhindura ajya muba-republicains hagati ya 2009 na 2011.

    Hagati ya 2011 na 2012 yaje kuba uwigenga nyuma agaruka muba-repubulikani akaba ari naho mu 2016 yiyamamarije kuba Perezida agahita anatsinda ahigitse Hillary Clinton. Ubu yongeye gukora amateka yo gusubira muri White House ku nshuro ya Kabiri.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148380/yahamwe-nibyaha-agahishyi-niwe-utsinze-abagore-babiri-mu-matora-byinshi-kuri-trump-watorew-148380.html

  • Kwimakaza ikoranabuhanga n'ubufatanye mpuzamahanga mu byimirijwe imbere na Kaminuza ya Kigali – #rwanda #RwOT

    Prof. George Kimathi wagumanye inshingano zo kuyobora iyi kaminuza, yatangaje ko mu ntego ze harimo kunoza uburyo bwo kwigisha harimo no kwakira ikoranabuhanga.

    Ati 'Turifuza gufasha abarimu bacu mu gukoresha uburyo bushya bwo kwigisha harimo no kwifashisha koranabuhanga'.

    Muri iyi gahunda, harimo gushyiraho uburyo isomo rishobora kwigishwa hakoreshejwe murandasi, bigafasha abanyeshuri gukurikirana amasomo mu buryo bworoshye kandi bwihuse banabona ibyo bakeneye byose.

    Aha Prof. Kimathi yagaragaje ko ikoranabuhanga rishobora kugirira akamaro gakomeye mu myigire n'imicungire y'ibikorwa bya kaminuza.

    Mu kugera kuri iyi ntego, Prof. Kimathi, yagaragaje ko hari gahunda yo gushora imari mu bikoresho by'ikoranabuhanga bizabafasha nko gukoresha Microsoft Dynamics 365, Sisitemu ifasha cyane mu gucunga no guhuza ibikorwa mu kigo runaka. Byitezwe ko izagira uruhare muri gahunda zitandukanye zijyanye n'amasomo, imari ya kaminuza n'ibindi.

    Mu gukomeza kwagura no kumenyekanisha kaminuza ku ruhando mpuzamahanga, Prof. Kimathi, yashimangiye ko azashyira imbaraga nyinshi mu kubaka ubufatanye n'amashuri mpuzamahanga.

    Ati 'Ndifuza kwimakaza ubufatanye duharanira ko kaminuza imenyekana ku rwego mpuzamahanga.'

    'Urugero, abarimu babiri bacu baherutse kuva mu Burengerazuba bwa Afurika aho bari bagiye kumurika ubushakashatsi bwabo, mu gihe abandi bari i Burayi muri gahunda yo gusangizanya ubumenyi.'

    Umuyobozi Ushinzwe Amasomo muri Kaminuza ya Kigali, Prof. Margaret Oloko, nawe yagaragaje inyota yo kwagura ubufatanye bwa kaminuza ku rwego mpuzamahanga.

    Muri gahunda ye kandi harimo gufasha abanyeshuri gusozanya ubumenyi bujyanye n'ubukenewe ku isoko ry'umurimo. Yemeza ko ibi bizagerwaho binyuze mu kubaka ubufatanye n'ibigo byo mu nzego abanyeshuri bigamo.

    Yagize ati 'Intego yanjye ni ukuziba iki cyuho no kubaka ubufatanye bukomeye kugira ngo ibyo twigisha bize bikemure koko bibazo biriho ku Isi.'

    Prof. Oloko yifuza ko uburyo bw'imyigire ku banyeshuri butagarukira mu ishuri gusa ahubwo bwakomeza bakanabona ubumenyingiro, bituma babona amahirwe yo guhangana n'ibibazo biri mu nzego zabo mu buryo bufatika kuko byatanga umusanzu mu iterambere ry'ubukungu.

    Dr. Samuel Sindayigaya uyobora ibikorwa by'ubushakashatsi muri Kaminuza ya Kigali, yatangaje ko azashyira ingufu nyinshi mu guteza imbere ubufatanye mu bushakashatsi mu masomo atandukanye.

    Agaragaza ko muri iyi kaminuza ishami ry'ubushakashatsi ryabaye igicumbi cyo guhanga ibishya, aho abarimu bahuriza imbaraga ku mishinga ihuriweho mu masomo ajyanye n'ikoranabuhanga rya mudasobwa, amategeko ndetse n'ubucuruzi.

    Dr. Sindayigaya yagaragaje akamaro ko kubaka uburyo bwo gukora ubushakashatsi buhuriweho, avuga ko 'Amashami yacu ntakora ubwayo. Urugero nk'abiga ibiyanye na mudasobwa akenshi bisanga no mu masomo ajyanye n'ubucuruzi, icungamutungo, amategeko ndetse n'ibindi by'ingenzi bibafasha kunguka byinshi mu myigire yabo.'

    Dr. Sindayigaya ahamya ko ubu buryo buha abanyeshuri ubumenyi bakeneye ku buryo bashobora gukemura ibibazo byugarije igihugu.

    Ati '[…] Abanyeshuri bacu bafite ubumenyi butandukanye, bahita batangira kugira impinduka zigaragara mu gihe gito baba bamaze ku isoko ry'umurimo.'

    Hashize imyaka 11 Kaminuza ya Kigali, ikorera mu Rwanda kuko yashinzwe mu 2013. Mu mashami yayo y'i Kigali na Musanze, ifite abanyeshuri basaga 8,500 baturuka mu bihugu 33 bitandukanye.

    Yatangiye imirimo yo kubaka inyubako izakoreramo icyicaro cyayo, nyuma y'igihe yari imaze ikodesha aho ikorera kugeza uyu munsi.

    Uyu mushinga w'ubwubatsi biteganyijwe ko uzatwara miliyoni 20$ [arenga miliyari 26 Frw]. Iyi nyubako izaba iherereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kimihurura, Akagari ka Kimihurura, Umudugudu wa Amahoro.

    Iyi nyubako ya ‘University of Kigali’ izatwara miliyoni 20$

    Byitezwe ko imirimo yo kubaka iyi nyubako nshya ya Kaminuza ya Kigali izamara umwaka n’igice


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kwimakaza-ikoranabuhanga-n-ubufatanye-mpuzamahanga-mu-byimirijwe-imbere-na

  • APR FC yatewe mpaga – #rwanda #RwOT

    Ku Cyumweru taliki ya 3 Ugushyingo 2024 saa Cyenda ni bwo ikipe ya Gorilla FC yari yakiriye APR FC muri Kigali Pelé Stadium mu mukino wo ku munsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

    Mu gice cya kabiri cy’uyu mukino warangiye ari 0-0, APR FC yakoze impinduka mu kibuga havamo Richmond Lamptey ukomoka muri Ghana na Tuyisenge Arsène basimburwa na Nwobodo Chidiebere wo muri Nigeria na Mamadou Sy wo muri Mauritania.

    Aba banyamahanga babiri binjiye basanga mu kibuga abandi banyamahanga batanu ari bo Pavelh Ndzila, Aliou Souane, Taddeo Lwanga, Lamine Bah na Victor Mbaoma.

    Umukino wakomeje gukinwa maze haza kuvuka impaka ubwo byari bigaragaye ko APR FC iri gukinisha abakinnyi 7 b’Abanyamahanga kandi hemewe batandatu gusa ihita ikora impinduka havamo Lamine Bah ukomoka muri Mali, asimburwa na Kwitonda Alain 'Bacca', abanyamahanga bongera gusigara ari batandatu.

    Uyu mukino utararangira Gorilla FC yahise irega APR FC mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ko iyi kipe yashyize abakinnyi 7 b’Abanyamahanga mu kibuga kandi amategeko yemera 6.

    Nyuma y’ibi, kuri uyu wa Gatatu taliki 6 Ugushyingo 2024, ku Cyicaro cya FERWAFA hateranye inama ya Komisiyo y’Amarushanwa yiga kuri iki kirego.

    Nk’uko byari byitezwe hafashwe umwanzuro ko APR FC iterwa mpaga y’ibitego 3-0. Ikipe ya Gorilla FC yahise yegukana amanota 3 y’uyu mukino binatuma ijya ku mwanya wa mbere n’amanota 17 mu gihe APR FC yo yagiye ku mwanya wa 15 n’amanota 4 ku rutonde rwa shampiyona.

    Ikipe ya APR FC yatewe mpaga ku mukino na Gorilla FC nyuma yuko ikoresheje abakinnyi barindwi b’Abanyamahanga kandi hemewe batandatu 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148384/apr-fc-yatewe-mpaga-148384.html

  • Kenny K-Shot yahishuye uko kwanga gukorera ab… – #rwanda #RwOT

    Uyu musore atangaje ibi mu gihe aherutse gushyira ku isoko Album yise ‘Intare 2’ yahurijeho abahanzi batandukanye nk’umusaruro w’imyaka itandatu ishize ari mu muziki.

    Mu kiganiro na InyaRwanda, Kenny K- Shot yavuze ko yabyirutse nk’abandi bana bose ahanze amaso kureba Televiziyo igihe kinini, byatumaga yumva ashaka gukora umuziki “nkarenga abo nabonaga kuri Televiziyo cyangwa se wa muntu ntajya mbona muri ‘industry’.

    Ariko kandi yanatangiye umuziki ashaka gukora ibikorwa bizatuma sosiyete imufata nk’icyitegererezo kandi bakamwiyumvamo. 

    Ati “Umuntu nyine bajya bareberaho nk’uko nanjye nifuza kuba hari umuhanzi w’urubyiruko naba ndeberaho, nashakaga gukora ibintu byanjye bidasanzwe. Kandi ntabwo nashakaga kuzabaho ubuzima bugumye hamwe.”

    Uyu muraperi avuga ko yashakaga kubaho ubuzima butera abandi imbaraga kandi ibyo akora akaba abikunda. Ikirenze kuri ibyo, umusaruro w’imvune ze ukavamo amafaranga akomeza kumutunga umunsi ku munsi.

    Kenny K-Shot yavuze ko atangira guhimba ibihangano binyuranye ntiyari akeneye uruhushya rw’abo mu muryango we, kuko yabikoze mu rwego rwo kwihangira imirimo kugira ngo atazasaba abandi akazi.

    Ati “Ku muziki ho ntabwo nari nkeneye uruhushya rwo kuwutangira, kubera ko nari ndi kubireba, ndi kuvuga nti ndi mu mashuri yisumbuye, nintagira ikintu nshaka nkora ku giti nzarangiza amashuri yisumbuye nkorera abandi, rero aho kugira ngo nsoze amashuri yisumbuye nkorere abandi byaba byiza nshatse ikintu nkora kandi nkunda, icyo kintu rero nakundaga yari umuziki.”

    Yakomeje ati “Naravuze nti reka nkore umuziki kubera ko ari wo nkunda. Ninsoza amashuri yisumbuye hari ahantu ngejeje nzakomeza kuwukora.”

    Kenny avuga ko muri we yari afite icyizere cy’uko azafatisha mu muziki nubwo ariko mu minsi ya mbere ababyeyi batahise bumva neza impamvu yo kuba awinjiyemo, cyane ko ari umuntu wari umaze igihe yitegura gusoza amasomo ye mu Ishami ry’Imibare, Ubukungu n’Ubumenyi bw’Isi muri Lycee de Kigali.

    Yavuze ko mu minsi ya mbere ajya muri studio, hari igihe yatinze ageze mu rugo ntibamureba neza ahanini bitewe n’uko umubyeyi we yari yagize isabukuru kandi bari biteguye kwifatanya nawe.

    Uyu muraperi yavuze ko uriya munsi ababyeyi be bagize impungenge bibaza ahazaza h’umuziki we mu gihe yari atangiye kujya ataha amajoro kubera imiziki. 

    Kenny K-Shot avuga ko yabajije neza, aza kumenya ko ariwe wa mbere iwabo mu muryango wagerageje gukora umuziki.


    Kenny K-Shot yatangaje ko yahisemo gukora umuziki kubera kwanga gukorera abandi 

    Kenny K-Shot aherutse gutangiza 'Label' mu rwego rwo gufasha abakiri bato mu muziki nk'intego yihaye 

    Kenny K-Shot yagaragaje ko umuryango we mu minsi ya mbere wabanje gushidikanya wibaza uko azahuza amasomo n'umuziki 

    KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KENNY K-SHORT

    “>

    KANDA HANO UBASHE KUMVA  ALBUM ‘INTARE 2’ YA KENNY K-SHORT

    “>
     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148376/kenny-k-shot-yahishuye-uko-kwanga-gukorera-abandi-byatumye-yisanga-mu-muziki-video-148376.html

  • Icyo Umunyamategeko wa Fatakumavuta avuga ku… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Ugushyingo 2024, nibwo The Ben wamamaye mu ndirimbo zinyuranye, yisunze konti ye ya Instagram yatangaje ko yahaye imbabazi Fatakumavuta nubwo yagiye amwibasira mu bihe bitandukanye mu biganiro yagiye akorera kuri 3D TV ndetse no kuri konti ye ya X  [Yahoze ari Twitter]. 

    The Ben yavuze ko ahisemo imbabazi nubwo azirikana ko 'Amagambo yasize (yavuzwe na Fatakumavuta) ibikomere bikomeye.' 

    Yongeraho ngo 'Ndasenga ngo ugire umutima uciye bugufi kandi ufite amahoro (Yabwiraga Fatakumavuta).'

    The Ben witegura gukora igitaramo cye bwite ku wa 1 Mutarama 2025, ariko kandi yarengejeho ko ubutabera bukwiye kuganza cyo kimwe n'imbabazi. Yungamo ati 'Ndabizi ko twese twatsikira ariko tukazongera tukabyuka.'

    The Ben yavuze ko mu isengesho rye asaba Imana gufasha Fatakumavuta akarekurwa kandi yiringiye ko mu gihe kiri imbere amahoro azaba inganzamarumbo mu buzima bwa Fatakumavuta. 

    Ati 'Fatakumavuta ndasenga ngo urekurwe. Ndizera ko amahoro azaganza mu hazaza hawe.' 

    Yavuze ko kuri we 'Urukundo ruzahora rutsinda urwango.' Ati 'Urumuri ruzahora rutsinda umwijima. Reka twizere ko ubutabera n'imbabazi bijya kugira aho bihurira.' 

    Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Fatikaramu Jean Paul yavuze ko mu busanzwe iyo umuntu atanze imbabazi n'ubutabera bugira uko bubireba, ariko ko hari inzira zikurikizwa kugira ngo izo mbabazi zigera ku muntu wazihawe.

    Ati 'Iyo umuntu atanze imbabazi ubutabera bugira inzira bubirebamo. Ushobora gutanga imbabazi urukiko rwabisuzuma, rukabisesengura rugasanga ari ngombwa imbabazi zigatangwa, ariko imbabazi zitanzwe kuriya (ku mbuga nkoranyambaga) ngira ngo ntabwo ziba zifatika, kubera ko ubundi iyo umuntu atanze imbabazi ubundi abikorera inyandiko ugashyiraho umukono, igashyigikirizwa urukiko, igashyirwa muri 'System'.' 

    Akomeza ati 'Rero imbabazi ziba zanditse kuri 'Social Media' ntabwo urukiko rwo ruzimenya. Ibyiza, iyo umuntu atanze imbabazi arazandika, ashobora kuba ari impamvu ze bwite zihariye icyo gihe bishyikirizwa urukiko.' 

    Fatikaramu yavuze ko iyo 'Utanze imbabazi waratanze icyo kirego, ubundi wandika usaba kureka icyo kirego.' Yungamo ati 'Iyo uretse ikirego rero nibwo urukiko rubisuzuma rukagaragaza y'uko mu nyungu z'ubutabera uwatanze ikirego iyo akiretse kirangirira aho ngaho.” 

    The Ben ntabwo ari we watanze ikirego? 

    The Ben yatangaje ko atari we watanze ikirego arega Fatakumavuta. Yasubizaga umwe mu bafana be wamwandikiye ku mbuga nkoranyambaga amusaba ko mu gihe yaba atanze imbabzi kuri Fatakumavuta yabijyanisha no kujya gukura ikirego mu rukiko. 

    Ushingiye kuri kopi z'urubanza, bigaragara ko The Ben yatanze ikirego yisunze umunyamategeko Jean Paul Ibambe.

    Umunyamategeko Fatikaramu yabwiye InyaRwanda ko muri Dosiye afite zigaragaza abatanze ikirego, kandi buri wese wakurikiranye azi neza uwareze.

    Ati 'Ndatekereza urubanza rwari 'Public' numva ibyo ari byo byose abanyamakuru bari bahari, namwe mwari muhari, uwareze mwaramwumvishe numva atari ngombwa kuba najya kumusubiramo kandi mwarabyumvaga. Mwari muhari.' 

    Fatikaramu yavuze ko mu gihe cyose The Ben yaba ahagaritse ikirego, we n'umukiriya we ntibiteguye kuregera indishyi z'akababaro.

    Umunyamategeko wa Fatakumavuta, Fatikaramu Jean Pierre yatangaje ko imbabazi za The Ben 'zidafatika' mu gihe cyose atandikiye urukiko akuzamo ikirego 

    The Ben yagaragaje ko yababariye Fatakamvuta nubwo ibikomere by'amagambo yamuvuzeho bikiri bishya  

    Ubwo yireguraga mu rukiko, Fatakumavuta yavuze ko ibyo yagiye avuga kuri The Ben yabaga ari gusesengura ibyo yabaga yabonye

    KANDA HANO UREBE ISESENGURA KU BYABEREYE MU RUBANZA RWA FATAKUMAVUTA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148379/icyo-umunyamategeko-wa-fatakumavuta-avuga-ku-mbabazi-za-the-ben-148379.html

  • Miss Muheto yakatiwe amezi atatu asubitse mu… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Ugushyingo 2024, ni bwo Urukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro rwafashe umwanzuro ku birego Miss Muheto yari akurikiranyweho. 

    Ubushinjacyaha bwamusabiraga gufungwa hafi imyaka ibiri, ariko Urukiko rwagaragaje ko nta mpamvu zikomeye zatuma akomeza gufungwa.  

    Uyu mukobwa w'imyaka 20 y'amavuko, yari afunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo 'Gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, kandi nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga agira, kugonga no kwangiza ibikorwa remezo, hamwe no guhunga nyuma yo kugonga.' 

    Ubushinjacyaha bwasobanuraga ko Miss Muheto yakoze impanuka avuye mu Kabari ka Atelier du Vin atwaye imodoka yo mu bwoko bwa KIA yanyweye inzoga.

    Urukiko rwavuze ko Miss Muheto yemera ko yatwaye yanyoye ibisindisha kugeza ku gipimo cya 4 kandi igipimo kihanganirwa ari 0.8.

    Urukiko rwasanze Miss Muheto ahamwa n'icyaha cyo gutwara imodoka nta ruhushya rwo gutwara afite. Rwasanze kandi rutamuhamya icyaha cyo guhunga ahabereye impanuka. 

    Rwanzura ko ahanishijwe gufungwa amezi atatu, ndetse n’ihazabu y’ibihumbi 190 Frw. Ni igihano gisubitse mu mwaka umwe.

    Muri Nzeri 2023, Miss Muheto yakoze impanuka nk'iyi agonga inzu, imodoka ye irangirika mu buryo bukomeye.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rukitanga yari aherutse kubwira InyaRwanda ko ku nshuro ya mbere bafata Miss Muheto bamugiriye inama yo kwitwararika no gushaka uruhushya rwo gutwara imodoka.

    Yavuze ati 'Ubundi ku muntu wese ushaka gutwara ikinyabiziga nta n’ubwo yakabaye arindiriye inama ya Polisi yo kugira ngo ajye kwigira ‘Permis’ ariko mu by’ukuri iyo nama yarayigiriwe arigishwa, arahanwa, arataha asubira mu muryango kimwe n’undi wese ubona ayo mahirwe. Icyari gisigaye hari ahe kugira ngo nawe atekereze icyo agomba gukora.”

    ACP Rutikanga yavuze ko gutwara imodoka wasinze ni nko kwiyahura kandi ni uguteza akaga abandi muhuriye mu muhanda. Kandi ‘biba bibi kurushaho iyo ubikoze nta n’uruhushya ubufitiye’. Ati “Ni ukuvuga ko kimwe cyongera uburemere ku kindi.” 

    Yongeraho ati “Icyo nagiramo inama abantu ni ukwiga guhitamo neza. Ntitukigire ku byago by’undi, abantu babyirinze twese twakoresha umuhanda neza.”

    Muheto w'imyaka 21 y'amavuko yavuzwe cyane mu itangazamakuru nyuma y'uko mu 2022 ahigitse abakobwa bagenzi be yegukana ikamba rya Miss Rwanda 2022 mu birori byabereye mu Intare Conference Arena.

    Iri rushanwa ariko yegukanye ryaje guhagarikwa na Guverinoma kubera ibyaha by'ihohotera rishingiye ku gitsina byashinjwe uwariteguraga.

    Kuva icyo gihe kugeza n'uyu munsi, benshi mu bantu bibaza niba iri rushanwa rizongera kuba mu Rwanda.

    Hari amakuru yagiye ajya hanze, avuga ko hatangiye gutegurwa uburyo iri rushanwa rizanozwa mu rwego rwo gufasha abakobwa baryitabira kudahura n'ihohoterwa iryo ari ryo ryose. 

    Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwahanishije Miss Muheto gufungwa amezi atatu asubitse mu mwaka umwe 


    Miss Muheto yari amaze iminsi 15 ari mu maboko y’Ubushinjacyaha- Kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Ugushyingo 2024 ni bwo yarekuwe 


    Urukiko rwavuze ko Miss Muheto adahamwa n’icyaha cyo guhunga ahabereye impanuka 

    Miss Muheto yahamwe n’icyaha cyo gutwara imodoka nta ruhushya rwo gutwara afite

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148381/miss-muheto-yakatiwe-amezi-atatu-asubitse-mu-mwaka-umwe-148381.html

  • Donald Trump yatsinze amatora ya perezida yo muri Amerika 2024 #rwanda #RwOT

    Donald Trump yasubiranye umwanya muri White House mu gihe byagaragaye ko yatsinze amatora ya perezida wa Amerika yo mu 2024. Abaye perezida wa mbere mu myaka irenga 130 — kandi ni uwa kabiri mu mateka — wegukanye manda ya kabiri idakurikiranye.

    Gutsindwa kwa Visi Perezida Kamala Harris birerekana ko yagarutse bidasanzwe kuri perezida waciwe inshuro ebyiri, wavuye ku mirimo ye mu 2021 bitewe n'ibivugwa ko yaba yarateje igitero ku nyubako ya Capitol y'Amerika, akaba yarahamijwe icyaha mu ntangiriro zuyu mwaka ku byaha byinshi y'uburiganya mu bucuruzi.

    The post Donald Trump yatsinze amatora ya perezida yo muri Amerika 2024 appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/donald-trump-yatsinze-amatora-ya-perezida-yo-muri-amerika-2024/