Blog

  • Mighty Popo yamuritse filime nshya agiye gushyira hanze, igaruka ku mvune z'abanyamuziki #rwanda #RwOT

    Murigande Jaques wamamaye ku mazina Mighty Popo mu muziki akaba ari na we uyobora ishuri ry'Umuziki ry'u Rwanda, ku mugoroba washize wo ku wa 6 Ukwakira kuyu mwaka yamurikiye itangazamakuru filime nshya agiye gushyira hanze, igaruka ku mvune z'abanyamuziki muri career yabo.

    Filime ya yise 'Killer Music, Chapter 1: Blood Bird, The Saga' igaruka ku rugendo rw'abanyamuziki mu buzima bwa buri munsi kuva umuntu atekereje urugendo rwo kwinjira mu muziki nkuwabigize umwuga, igihe abaye icyamamare ndetse n'ubuzima anyuramo mu majoro mu bitaramo.

    Ni filime yubakiye inkuru yayo ku banyamuziki muri rusange. Igaruka ku banyempano bashaka kugira aho bagera mu muziki. Irimo imirwano, urukundo, kubyina ndetse n'umuziki. Iyi filime imara amasaha abiri n'iminota 40.

    Uwayanditse iyi filime ni Mighty Popo ndetse ni na we 'Excutive Producer' wayo, ni mu gihe ifatwa ry'amashusho yayo ryakozwe na Anirban Mitra ukomoka mu Buhinde uyu akaba afite ibigwi byihariye mu gufata amashusho haba mu buhinde niwabo ndetse no hirya no hino.

    Mighty Popo yavuze ko ari filime yamutwaye imyaka myinshi ayandika, ariko igihe nyacyo cyo kuyikora no kuyishyira hanze kikaza kuba muri iyi myaka. Ibyatumye ino filime ikorwa neza Ngo nuko yoherereje Anirban Mitra inyandiko nyinshi yari afite za filime, zitandukanye aza kumuhitiramo iyi.

    Mighty Popo yakomeje agira ati: 'iyi filime yatanze akazi ku barenga abantu 300, ikaba yaratewe inkunga n'Imbuto Foundation.

    Yavuze ko iyi filime bari gushaka imbuga izanyuzwaho zitandukanye zikomeye, kigira ngo ibashe kurebwa na buri wese bimworoheye ndetse n'aho yazerekanirwa mu nzu zerekanirwamo filime.

    Abagize uruhare rukomeye kuri iyi filime barimo Nasser Naizi na Meddy Salleh bakozeho nka 'Directors of Photography, ni mu gihe umuziki wumvikanamo yaba mu kuwucuranga no kuwandika uretse Mighty Popo, byagizwemo uruhare n'abandi barimo Clément Ishimwe, Joachim Mugengakamere uzwi nka The Major na Nehemiah Shema usanzwe ari umucuranzi wa Mbonyi Israel.

     

    The post Mighty Popo yamuritse filime nshya agiye gushyira hanze, igaruka ku mvune z'abanyamuziki appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/mighty-popo-yamuritse-filime-nshya-agiye-gushyira-hanze-igaruka-ku-mvune-zabanyamuziki/

  • Ibihugu icyenda byibasiwe cyane n'icyorezo cya Mpox #rwanda #RwOT

    Ibihugu byungukira mu itangwa ry'inkingo birimo Repubulika ya Centrafrique, Cote d'Ivoire, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Kenya, Liberiya, Nijeriya, u Rwanda, Afurika y'Epfo ndetse Uganda.

    Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yatanze raporo enye kuri eshanu zemejwe muri Afurika muri uyu mwaka zizatwara 85% by'amafaranga agera ku 900.000 yatanzwe.

    Icyorezo cya Mpox muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, OMS yatangaje ko yihutirwa gukora isuzuma rusange. Kugeza ubu ni impungege ku ubuzima rusange bw'umutekano w'umugabane wa Afurika.

    Muri uyu mwaka wonyine ibihugu 19 byo muri Afurika birimo abaturage banduye indwara ya mpox, aho indwara ikomeje gukwirakwira hirya no hino ku Isi.

    Iki cyorezo gikomeje kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, aho muri uyu mwaka havuzwe abantu barenga 38.000 bakekwaho kuba barapfuye ndetse n'abantu barenga 1000 bakiri kwitabwaho. Kugeza ubu hakenewe miliyoni 3.6 zinkingo kugirango igisubizo cya mpox gise nkikigabanuka.

    The post Ibihugu icyenda byibasiwe cyane n'icyorezo cya Mpox appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/ibihugu-icyenda-byibasiwe-cyane-nicyorezo-cya-mpox/

  • Joyous Celebration igiye gutaramira i Kigali ku wa 29 Ukuboza 2024 #rwanda #RwOT

    Itsinda 'Joyous Celebration' rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana muri Afurika y'Epfo, ryatumiwe i Kigali mu gitaramo kigomba gukorera muri BK Arena ku wa 29 Ukuboza 2024.

    Iri tsinda riri mu afite amazina akomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana muri Afurika ndetse no ku Isi muri rusange, by'umwihariko bakaba babimazemo imyaka irenga 30.

    Ni itsinda ryashinzwe mu 1994, kuri ubu rikaba rimaze gukorera muri studio album umunani zisanga izindi icyenda bakoze mu buryo bwa Live.

    Amakuru ahari ahamya ko iri tsinda ry'abanyabigwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana rizagera i Kigali rigizwe n'abantu barenga 45.

    Ubuyobozi bwa Sion Communications bwabwiye Kasuku Media ko nubwo nta makuru menshi baratangaza kuri iki gitaramo, abantu bakwiye gutangira kwitegura kuramya no guhimbazanya Imana n'iri tsinda kimwe n'abahanzi b'Abanyarwanda bazatumira.

    The post Joyous Celebration igiye gutaramira i Kigali ku wa 29 Ukuboza 2024 appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/joyous-celebration-igiye-gutaramira-i-kigali-ku-wa-29-ukuboza-2024/

  • Umuraperikazi Card B ntiyishimiye intsinzi ya Donald Trump yo kuba umukuru w'Igihugu #rwanda #RwOT

    Umuraperikazi Cardi B yabaye uwa mbere mu byamamare byari bishyigikiye Kamala Harris, byerekanye amarangamutima nyuma yibyavuye mu matora ya Perezida, ndetse yanihanganishije uyu mugore amwibutsa ko agifite amahirwe yo kuzayobora Amerika.

    Nyuma yo gutsinda kwa Donald Trump mu matora y'umukuru w'igihugu muri uyu mmwaka wa 2024, ibyamamare byinshi byari bishyigikiye Kamala Harris byamaganiye kure Donald Trump ko atarabikwiye kuba umukuru w'igihugu perezida wa Leta zunze ubumwe z'Amerika.

    Muri bo harimo umuraperi Cardi B wegukanye Grammy, wagaragaje amarangamutima menshi mu gutsindwa kwa Kamala Harris.

    Uyu murapperikazi yagiye kurukuta rwe rwa Instagram ashyiraho amashusho ye arimo kureba ibyavuye mu matora, kuri Instagram ye Live, yanagaragaje ko atengushye abashyigikiye Trump bose.

     

    The post Umuraperikazi Card B ntiyishimiye intsinzi ya Donald Trump yo kuba umukuru w'Igihugu appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/umuraperikazi-card-b-ntiyishimiye-intsinzi-ya-donald-trump-yo-kuba-umukuru-wigihugu/

  • UCL 2024/25: Arsenal na PSG ntizahiriwe naho… – #rwanda #RwOT

    Ni mu mukino yakinwe kuri uyu Wa Gatatu taliki 7 Ugushingo 2024. Umukino wari uhanzwe amaso n’abenshi ni uwo ikipe ya Inter Milan yari yakiriyemo Arsenal kuri San Siro Saa yine z’ijoro.

    Ikipe ya Inter Milan niyo yatangiye iri hejuru dore ko ku munota wa 4 gusa uwitwa Denzel Dumfries yashoboraga gufungura amazamu ku ishoti riremereye yari arekuye gusa rigakubita igiti cy’izamu.

    Uko iminota yagendaga ninako ikipe ya Arsenal nayo yinjiraga mu mukino ndetse inarema uburyo imbere nkaho mu minota 18 yabonye koroneri nyinshi zaterwaga na Bukayo Saka gusa abashyiragaho umutwe nti baboneza mu izamu.

    Ikipe ya Inter Milan yakomeje kurusha ikipe ya Arsenal maze mbere yuko igice cya mbere kirangira iza kubona penariti ku ishoti ryari rirekuwe maze myugariro wa Arsenal,Mikel Merino agakozaho intoki.

    Iyi penariti yatewe na Hakan Calhanoglu ayitereka mu nshundura bajya kuruhuka ikipe ya Inter Milan iyiboye n’igitego 1-0. Mu gice cya kabiri Arsenal yaje ikora impinduka mu kibuga havamo Mikel Merino hajyamo Gabriel Jesus.

    Iyi kipe y’amashitani atukura yaje isatira ishaka igitego cyo kwishyura abakinnyi bayo nka Gabriel Martinelli, Gabriel Jesus n Bukayo Saka barekura amashoti agana mu izamu ariko umunyezamu wa Inter Milan,Yann Sommer akaba ibamba.

    Umukino waje kurangira ikipe Inter Milan yegukanye amanota atatu ku ntsinzi y’igitego 1-0.

    Indi mikino yakinwe Club Brugge yo mu Bubiligi yatsinze Aston Villa yo mu Bwongereza 1-0 naho Shakhtar Donetsk yo muri Ukraine itsinda Young Boys ibitego 2-0.

    Ikipe ya FC Bayern Munich yo mu Budage yatsinze Benfica yo muri Portugal 1-0, Feyenoord yo mu Buhorandi itsindwa na RB Salzburg yo muri Australia ibitego 3-1 naho FK Crevena Zvezda yo muri Serbia inyagirwa na FC Barcelona ibitego 5-2.

    Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa yatsinzwe na Atletico Madrid yo muri Espagne ibitego 2-1 ,Sparta Prague yo muri Czech Republic itsindwa na Brest yo mu Bufaransa ibitego 2-1 naho VFB Stuttgart yo mu Budage itsindwa na Atlanta yo mu Butaliyani ibitego 2-0.

    Kugeza kuri ubu ikipe ya mbere muri UEFA Champions League 2024/25 ni Liverpool n’amanota 12, Sporting CP ni iya kabiri n’amanota 10 mu gihe AS Monaco ari iya 3 nayo n’amanota 10.

    Inter Milan yatsinze Arsenal igitego 1-0

    FC Barcelona yanyagiye FK Crevena Zvezda ibitego 5-2

    Uko amakipe akurikirana muri UEFA Champions League kugeza ubu 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148394/ucl-202425-arsenal-na-psg-ntizahiriwe-naho-fc-barcelona-iranyagira-148394.html

  • APR FC yatewe mpaga y'ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ugushyingo 2024 nibwo urwego rw'umupira w'Amaguru mu Rwanda, 'Rwanda Premier League' rwatangaje ko ikipe y'Ingabo z'igihugu ya APR FC yatewe mpaga.

    Nk'uko bigaragara mu itangazo Rwanda Premier League yabitangaje ibi bibano bije nyuma yaho APR FC yakinishije abakinnyi 7 b'abanyamahanga aho kuba 6 bemewe n'amategeko ubwo bakinaga na Gorilla FC.

    Rwanda Premier League yagize iti 'Rwamda Premier League iramenyesha abakunzi b'umupira w'amaguru ko kuri uyu wa Gatatu, Komisiyo y'Amarushanwa ya

    FERWAFA yafashe umwanzuro wo gutera APR FC mpaga ku mukino w'umunsi wa 8 wayihuje na Gorilla FC tariki 3 Ugushyingo 2024 kubera gukinisha umubare w'abanyamahanga urenze uw'abemewe n'amabwiriza agenga Rwanda Premier

    League. APR FC kandi yaciwe amande y'ibihumbi 100 Frw.'

    Ibi kandi n'ubwo bibaye, Ikipe ya APR FC yamaze guhagarika by'agateganyo Eric Ntazinda wari usanzwe ari Team Manager w'iyi kipe nyuma y'amakosa y'imisimburize yabaye ku mukino yanganyijemo na Gorilla 0-0.

    Eric Ntazinda wahagaritswe yari yagarutse muri APR FC mu mwaka wa Shampiyona wa 2022-2023 nyuma yo kuyibamo hambere.

    APR FC ikaba imaze gutsinda igitego kimwe cyonyine muri Shampiyona mu mikino itatu imaze gukina nyamara bivugwa ko yatanze arenga Miliyari mu kugura abakinnyi, ikintu kugeza ubu kitashimishije abakunzi b'iyi kipe.

    Nyuma yo gutera iyi mpaga, ibi byatumye Gorilla FC ifata umwanya wa mbere w'agateganyo muri shampiyona y'u Rwanda aho kugeza ubu ifite amanota 18 mu mikino icyenda imaze gukina.

    Kuri uyu wa Gatatu Gorilla FC yakinaga na Bugesera FC amakipe yombi anganya ubusa ku busa mu mukino wabereye mu karere ka Bugesera.

    APR FC yo imaze gukina imikino 3 ya shampiyona y'u Rwanda iri kumwanya wa 15 n'amanota 4 ikaba ikurikirwa na Kiyovu SC ifite amanota 3 ku mwanya wa 16.

    The post APR FC yatewe mpaga y'ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-yatewe-mpaga-yibitego-3-0-inacibwa-amande-ya-100-000-frw-izira-gukinisha-abanyamahanga-7-mu-mukino-umwe/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=apr-fc-yatewe-mpaga-yibitego-3-0-inacibwa-amande-ya-100-000-frw-izira-gukinisha-abanyamahanga-7-mu-mukino-umwe

  • Kayonza: Abaturage babangamiwe n'insoresore zirara mu mashyamba yabo zishakamo amabuye y'agaciro – #rwanda #RwOT

    Ni ikibazo gifitwe n'abaturage bo mu Kagari ka Rwimishinya mu Murenge wa Rukara ahari ibikorwa byinshi by'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro bitemewe. Muri aka gace imisozi myinshi usanga irimo ibinogo byagiye bicukurwa n'insoresore zishakishamo amabuye y'agaciro.

    Bugingo Saidi utuye mu Kagari ka Rwimishinya ufite ishyamba rya hegitari umunani, yavuze ko agiye kumara imyaka itanu ubutaka bwe atabukoreramo nyamara abusorera buri mwaka, nyuma y'aho ubu butaka bwibasiwe n'iryo tsinda ry'Imparata, ishyamba ryari ririho rigacika.

    Ati “Hano hari ishyamba rya hegitari umunani ariko ubu hasigaye nka hegitari imwe ahandi hose bahateye hejuru barandura ibiti byose bashakamo amabuye y'agaciro. Ubu uretse gutabarwa na Leta nta kindi nasaba kuko n'iyo nshatse kujyayo bambwira ko nibamfatirayo bazanyica. Kandi buriya butaka buri mwaka ndabusorera, nigeze no gushaka kuhacukura amabuye ngeze aho ndabireka kubera bariya bantu bahacukura amabuye y'agaciro mu buryo butemewe.'

    Muteteri Chantal we yavuze ko izi mparata zatangiriye mu mirima yabo ziyicukura umunsi ku munsi zishakamo amabuye y'agaciro imyaka yari irimo zikayirandura. Yavuze ko kuri ubu ikibabangamiye cyane ari uko basigaye bajya gucukura bagaca ibitoki mu mirima yabo ku buryo nta muturage ugisarura.

    Ati 'Uretse kwangiza amashyamba hano, iyo barimo gukorera hano hafi ibitoki mu mirima baraca, imyumbati na yo ntabwo bayisiga kugira ngo babone ibyo barya, urumva rero baracyaduteza igihombo.'

    Bizimana Innocent utuye mu Mudugudu w'Akabare I mu Kagari ka Rwimishinya yavuze ko imparata ziri muri aka gace bakeka ko hari na ruswa ziha ubuyobozi bw'inzego z'ibanze kuko ngo iyo hari abapolisi cyangwa RIB bagiye kubafata birangira nta n'umwe babonyeyo kuko bafite abayobozi babaha amakuru umunsi ku munsi.

    Umuyobozi w'Akarere ka kayonza, Nyemazi John Bosco, yavuze ko hari amatsinda y'abiyita imparata usanga bashobora kujya gushakisha amabuye y'agaciro mu birombe bitagikoreshwa, yavuze ko uretse no kuba babikora mu buryo butemewe hari n'aho bagiye bagira impanuka zigahitana ubuzima bw'abantu.

    Yakomeje agira ati 'Ubutumwa dutanga ni uko dukangurira abaturage bashobora kujya mu bikorwa nk'ibyo ng'ibyo ko bishyira ubuzima bwabo mu kaga, hari aho ibirombe bibaridukira. Turabakangurira kubyirinda tunababwira ko iyo tubafashe bari muri ibi bikorwa by'ubucukuzi butemewe tubibahanira.'

    Meya Nyemazi yavuze ko kuri ubu bari gusiba ibyobo byahoze bicukurwamo amabuye y'agaciro aho nko mu Murenge wa Rwinkwavu basibye ibyobo 14, ibindi bitatu muri Murundi n'ahandi hatandukanye nka Rukara. Yavuze ko banakangurira abacukura amabuye y'agaciro mu bice byemewe gushyiraho uburinzi buhamye bwatuma ababikora mu buryo bwa magendu batahamenera.

    Kuri ubu abari amashyamba muri Rwimishinya usanga haribasiwe n'abahacukura amabuye y'agaciro

    Bugingo Saidi avuga ko amaze imyaka itanu ubutaka bwe bwaribasiwe n'abitwa Imparata bashakamo amabuye y'agaciro

    Muteteri Chantal avuga ko imirima yegereye ahacukurwa amabuye “n'Imparata” isarurwa nabo

    Bizimana Innocent yasabye Leta kubafasha ikabakiza Imparata


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-abaturage-babangamiwe-n-insoresore-zirara-mu-mashyamba-yabo-zishakamo

  • Perezida Kagame yashimiye Donald Trump watore… – #rwanda #RwOT

    Ni mu butumwa Perezida Kagame yanyujije ku rubuga rwe rwa X na Instagram mu mugoroba wo kuri uyu Gatatu taliki ya 6 Ugushingo 2024. 

    Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yashimiye Donald Trump ku kuba yatorewe kongera kuba Perezida wa Amerika, avuga ko yizeye ubufatanye buzanira inyungu ibihugu byombi.

    Yanditse ati “Perezida watowe Donald Trump, ndagushimiye cyane mu izina rya Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda ku gutorwa kwawe kw’amateka kandi gukomeye nka Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Ubutumwa bwawe busobanutse bwahoze ari uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikwiriye kuba umufatanyabikorwa w'amahitamo, uhamagarira abandi kuyifatiraho urugero aho kubahatira kubona ibintu nkayo no kubaho nkayo. Ndashaka rero gukorana nawe mu nyungu rusange z'ibihugu byombi mu myaka iri imbere.”

    Donald Trump wo mu ishyaka ry'Aba-Républicains yegukanye umwanya w'Umukuru w'Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahigitse Kamala Harris bari haganganye wo mu ishyaka ry'Aba-Démocrates. Ni nyuma yo kubona amajwi ya Electoral College 277, mu gihe Kamala Harris afite 224.

    Nubwo amajwi akiri kubarurwa, Donald Trump yamaze kwegukana amajwi ya 'Electoral college' 270, asabwa kugira ngo umuntu atsinde amatora y'Umukuru w'Igihugu muri Amerika.

    Trump ugiye kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu myaka ine iri imbere agiye kuba Perezida w’iki gihugu cy’igihangange ku Isi nyuma yuko yari yarabikoze hagati ya 2016 na 2021.

    Perezida Kagame hamwe na Donald Trump watorewe kongera kuyobora Amerika

    Donald Trump agiye kongera kuyobora Amerika muri manda y’imyaka 4

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148392/perezida-kagame-yashimiye-donald-trump-watorewe-kuba-perezida-wa-47-wa-amerika-148392.html

  • Twifuzaga ko hatabaho gukatirwa igifungo – Um… – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yahaye InyaRwanda, ni nyuma y'uko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Ugushyingo 2024, rutangaje ko rwakatiye Miss Muheto igifungo cy’amezi atatu asubitse mu mwaka umwe n'amande y'amafaranga ibihumbi 190 Frw, ni nyuma yo kumuhamya ibyaha byo gutwara imodoka yasinze no gutwara imodoka nta ruhushya afite.

    Uyu mukobwa w'imyaka 20 y'amavuko yari amaze iminsi 18 afunze- Bivuze ko yahise ava mu maboko y’Ubushinjacyaha asubira mu muryango. Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa umwaka umwe n'amezi umunani.

    Ubwo yari imbere y'Urukiko, ku wa 31 Ugushyingo 2024, Miss Muheto yemeye  icyaha cyo gutwara imodoka yanyoye no kugonga ibikorwa remezo.

    Yagize ati: 'Ariko sinemera ko nahunze kuko imodoka nayirekeye aho. Nagize ubwoba kuko abantu bahuruye ari benshi ntinya ko bangirira nabi. Police ihageze nagarutse ubwanjye.'

    Umunyamategeko Kizito Safari yabwiye InyaRwanda ko baburanye uru rubanza basaba ko Miss Muheto atahabwa igihano icyo ari cyo cyose, bagasaba ko urukiko rwamutegeka kwishyura.

    Ati “Twebwe icyo twifuzaga twari twagisabye urukiko y’uko hatabaho gukatirwa igihano (igifungo) icyo ari cyo cyose ahubwo ko yacibwa amande. Ariko twubaha ibyemezo by’inkiko, ahasigaye ni uko turi buze kwicarana n’uwo twunganira tugasuzuma icyemezo cy’urukiko, tukareba ibyo umucamanza yashingiyeho, hanyuma noneho uwo twunganira niwe uduhereza inzira ashaka ko bikomerezamo, ariko icyangombwa ni uko asohotse akava aho yari afungiye, akaba yasubiranye ubwisanzure, mbese kuba ari hanze.”

    Kizito yavuze ko bazagirana ibiganiro na Miss Muheto bigamije kureba icyo umucamanza yashingiyeho afata icyemezo, barebe niba bashobora kujurira cyangwa se bakabireka uko bimeze. Ariko kandi si bo gusa bafite uburenganzira bwo kujurira, kuko n’ubushinjacyaha bufite uburenganzira bwo kujurira.

    Ati: “Tuzamenya ikigomba gukurikiraho. Kuko ni uburenganzira itegeko riha impande zombi numva ari icyo navuga ubu ngubu. Kuko ntiturabona kopi y’urubanza, ntituramenya icyo umucamanza yashingiyeho kugira ngo noneho tumenye icyemezo twafata. 

    Urumva si njye gusa hari n’abandi dufatanya mu kunganira umukiriya wacu, umukiriya wacu nawe afite uburenganzira mu kuduha amabwiriza, ubundi tukanamufasha mu byerekeranye n’amategeko.”

    Uyu munyamategeko yavuze ko bishimiye kuba Miss Muheto atakatiwe gufungwa “Igisigaye ni ugusuzuma rero tukareba icyavuyemo, hanyuma tugafata icyemezo bigendeye ku mategeko n’icyo umukiriya wacu azaba yifuza.”

    Akomeza agira ati “Urumva no gukomeza kumva ko wakatiwe n’ubwo cyaba gisubitse nabwo mu by’ukuri biba ari ibintu byiza ariko turashima ko ari hanze, agiye gukomeza amashuri ye, agakomeza ubuzima na gahunda nyine nk’uko yayemereye urukiko yo guhindura imyitwarire akanabera urugero abandi bari mu kigero cye.

    Kanda hano usome inkuru bifitaney isano: Miss Muheto yakatiwe amezi atatu asubitse mu mwaka umwe 

    Kizito Safari uri mu banyamategeko ba Miss Muheto yatangaje ko bitegura kwicarana n'umukiriya wabo kugira ngo basuzume icyo umucamanza yashingiyeho afata icyemezo 

    Abanyamategeko ba Miss Muheto basabaga ko atahabwa igihano na kimwe, bifuzaga ko yacibwa amande 

    Miss Muheto yari amaze iminsi 18 afunzwe – Urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro rwamuhamije ibyaha byo gutwara imodoka yasinze no gutwara imodoka nta ruhushya afite



    Ubwo ku wa 31 Ugushyingo 2024, Miss Muheto yitabaga Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro

    KANDA HANO UMENYE IBYABEREYE MU RUBANZA RWA MUHETO N’URWA FATAKUMAVUTA


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148391/twifuzaga-ko-hatabaho-gukatirwa-igifungo-umunyamategeko-wa-miss-muheto-twaganiriye-148391.html

  • Ibyoherezwa mu mahanga byageze ku gaciro ka miliyari 3,2$ mu myaka itanu – #rwanda #RwOT

    Mu 2023/2024 honyine u Rwanda rwinjije 839,212,099$ (arenga miliyari 1,139 Frw) avuye kuri 857,226,944$ (arenga miliyari 1,163 Frw) rwari rwinjije mu 2022/2023.

    Muri uwo musaruro w'ibikomoka ku buhinzi byoherejwe mu mahanga harimo uw'ibilo 261.636.526 by'imboga, imbuto n'indabyo, byinjirije u Rwanda 233.632.762$ (arenga miliyari 317 Frw) rwohereje na none mu myaka itanu iri imbere.

    Muri icyo gihe u Rwanda rwohereje ibilo 170.842.040 by'imboga, ibilo 86.459.793 by'imbuto n'ibilo 4.334.692 by'indabyo.

    Ku mboga rwasaruye miliyoni 128,5$, rubona miliyoni 79,5$ z'imbuto na miliyoni zirenga 25,4$ z'indabyo muri icyo gihe.

    Uwo musaruro wagizwemo uruhare n'uburyo bw'ubwikorezi bwo mu kirere bwanogejwe, aho nko mu 2023 indege itwara imitwaro ya RwandAir yajyanye imizigo ipima toni 4,595 zerekeje Dubai, mu Bwongereza no mu Bubiligi.

    Guverinoma y'u Rwanda ikomeje guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi, aho yiyemeje ko muri gahunda y'igihugu yo kwihutisha iterambere mu cyiciro cyayo cya kabiri (NST2), ubuhinzi buzazamuka ku kigero cya 6% ku mwaka, kandi ko buzakorwa hashingiwe ku guhaza amasoko.

    U Rwanda rwiyemeje ko umusaruro ubukomokaho uzazamuka hejuru y'ikigero cya 50% binyuze mu kongera ubuso bwuhirwa ku kigero cya 85% no kongera ifumbire n'imbuto.

    Iyo ntego yunganirwa na Gahunda ya Gatanu y'impinduramatwara mu buhinzi y'imyaka itanu (PSTA5), aho Guverinoma y'u Rwanda yiyemeje ko iyo gahunda izatwara miliyari 5,4 $ (arenga miliyari 7,063 Frw) mu guteza imbere uru rwego ku buryo bwikubye.

    Ibyo bigamije kwihaza mu biribwa, ariko cyane cyane abahinzi bagakora iyo mirimo igamije ubucuruzi, bitari uguhingira bimwe by'amaramuko nk'uko Umuyobozi wa NAEB, Claude Bizimana yabigarutseho.

    Yari mu gikorwa cyo gushyikiriza abohereza imboga n'imbuto mu mahanga bashyikirizwaga amakamyo agezweho abafasha kutwara umusaruro ku kigero cy'ubushyuhe cyagenwe ntiwangirike.

    Ati 'Abahinzi bagomba kumva ko bagomba guhingira amasoko yo mu mahanga kuko afite ibyo adusaba ariko kenshi tutitwararikaho mu gihugu. Bijyana no gushaka ingemwe nziza zijyanye n'umusaruro twifuza mu bwinshi no mu bwiza, tukanabungabunga uwo musaruro ukagezwa ku masoko utangiritse n'izindi gahunda nyinshi dufite mu kugera ku ntego twihaye.'

    Byanashimangiwe n'Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cyohereza ibikomoka ku buhinzi mu mahanga cya Tropi Wanda witwa Ingabire Marie Ange Claudine, wahawe ikamyo imufasha gutwara umusaruro utangiritse.

    Mu 2020 Ingabire yahereye ku bakozi umunani bamufashaga kohereza ibilo 800 bya avoka. Imirimo yaragutse aho ubu afite abakozi 321 n'abahinzi bakorana bagera ku 2000, bigatuma yohereza toni 82 z'imboga n'imbuto nk'urusenda, amatunda, avoka n'ibindi buri cyumweru.

    Ati 'Ubu amasoko turayafite, dufite ibyumba bikonjesha bifasha mu kwirinda ko umusaruro wangirika, ndetse dufite n'indege ibyohereza, tugiye kongera umusaruro kugira ngo tuzagere ku musaruro twiyemeje muri NST2 nta nkomyi.'

    Uretse umusaruro w'ubuhinzi Guverinoma y'u Rwanda yiyemeje ko mu myaka itanu iri imbere, ruzateza imbere ibyoherezwa mu mahanga na byo bizamuke bive kuri miliyari 3,5$ bigere kuri miliyari 7,3$.

    Bimwe mu byitezwe muri PSTA5 harimo guhindura ubukungu bw'u Rwanda, aho nk'ibyoherezwa mu mahanga bikomoka mu buhinzi bizagera kuri miliyoni 1981$ bivuye kuri miliyoni 857$ byoherejwe mu in 2022/2023.

    Byitezwe ko kandi hazahangwa imirimo ibihumbi 644 y'abakora mu nzego zitandukanye zitunganya umusaruro w'ubuhinzi ivuye kuri mirimo 400 ifitwe n'abahinzi borozi batandukanye.

    Mu 2023/2024 u Rwanda rwohereje imiteja ingana n’ibilo 4.278.475


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyoherezwa-mu-mahanga-byageze-ku-gaciro-ka-miliyari-3-2-mu-myaka-itanu