Blog

  • Akanyamuneza ku rubyiruko rwa Gakenke rwigishwa gukora imirasire y'izuba – #rwanda #RwOT

    Uru rubyiruko rwiganjemo urwo mu Murenge wa Busengo ugifite icyaro kinini kitaragezwamo amashanyarazi, ruvuga ko usibye ubumenyi bahabwa, ari n'amahirwe akomeye yo kwiteza imbere bitabasabye kwimukira mu mijyi nk'uko mbere uwateraga imbere cyangwa akagira ubumenyi yabigenzaga.

    Kuri ubu, Ubuyobozi bw'Akarere ka Gakenke bufatanyije na INES Ruhengeri, byafunguye 'Centre' yo kwigishirizamo urubyiruko gukora no gusana imirasire y'izuba hagamijwe guteza imbere ingufu zisubiramo nk'uburyo bwo kugabanya imyuka ihumanya ikirere.

    Iyi 'Centre' yubatswe binyuze mu mushinga yiswe 'GREATER' ihabwa izina rya 'Busengo Living Lab'. Iherereye mu Murenge wa Busengo, aho izajya iterwa inkunga n'Umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi (EU), ugamije gufasha u Rwanda guhangana n'ingaruka zo kwangiza ikirere.

    Biteganyijwe ko uyu mushinga uzarangira mu 2026, ugasiga urubyiruko rugera ku 1000 ruhawe ubumenyi bwo gukora imirasire y'izuba no gukora bimwe mu bikoresho byayo biba byarangiritse.

    Si ibyo gusa kuko bazafasha na leta gukwirakwiza amashanyarazi akomoka ku mirasire y'izuba muri icyo gice cy'icyaro bigoranye ko andi mashanyarazi agerayo.

    Umuyobozi w'Akarere ka Gakenke, Vestine Mukandayisenga, avuga ko iryo koranabuhanga urubyiruko ruzaryungukiramo byinshi.

    Ati “Bizadufasha gukura aha hantu mu bwigunge kuko murabona ko ari mu cyaro. Bagiye kwegerezwa amashanyarazi y'imirasire y'izuba ndetse abazaba barabyize bazajya bafasha abaturage mu gukora izagiye zangirika.'

    Rumwe mu rubyiruko rwatangiye kwigishwa, rwemeza ko aya ari amahirwe akomeye cyane ruhawe kuko mbere baburaga ikindi kintu cyo gukorera muri icyo cyaro.

    Ishimwe Innocent, ni umwe muri bo, yagize ati “Aya ni amahirwe batuzaniye kuko ziriya ngo zose nta mashanyarazi zagiraga. Niturangiza kwiga tuzajya tubakorera imirasire ndetse n'ibyangiritse tubisane. Njyiye kwiga nshyizeho umwete kuko isoko rirahari.”

    Manizabayo Yvette na we yagize ati “Nari naracikirije amashuri mbura aho niga imyuga byibuze ngo njye mbona amafaranga, none batuzaniye iki kigo. Numvaga gukora imirasire y'izuba ari nk'ibintu byashoboka mu nganda zabyo gusa, ariko maze kugira icyizere ko nanjye nabishobora. Turifuza ko izi ngo zose twazicanira mbigizemo uruhare.”

    Umuyobozi Mukuru wa INES Ruhengeri, Padiri Dr. Jean Bosco Baribeshya, avuga ko nka kaminuza n'ubundi baba bagomba gukora ubushakashatsi kandi bukagira impinduka ku baturage.

    Ati “Turifuza kuzana impinduka nziza mu miturire y'abaturage twongera ingo zitunze amashanyarazi muri aka gace k'icyaro, twigishe urubyiruko kuyakora no kuyakoresha bayabyaze umusaruro, kuko ahatari amashanyarazi iterambere riba rigoye.”

    “Tuzigisha urubyiruko uko biriya byuma bituma izuba ribyara umuriro w'amashanyarazi bikora, babikore ndetse bamenye no kubisana igihe byangiritse.'

    Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) kigaragaza ko muri 2022, ingo zari zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari zari 47,1%, abakoresha itoroshi 28,4%, abakoreshaga ingufu z'imirasire y'izuba bari 13,9%, abakoresha igishirira mu kumurika bari 4,2%, abakoresha buji bari 2,9%, abakoresha itara rya peteroli 1,6%, mu gihe abakoresha moteri bari 1,3%.

    Kugeza ubu uburyo bufasha Abanyarwanda kubona amashanyarazi, harimo aturuka ku ngomero nini n'intoya 30, inganda zikora ingufu zikomoka ku mirasire y'izuba eshatu, ibigo bikora ingufu zikomoka ku muyaga eshanu, ibigo bya Gaz Methane bibiri n'ibigo bikora ingufu z'amashanyarazi avuye kuri nyiramugengeri bibiri.

    Aba mbere bageze ku rwego rwo gukora imirasire ishobora kwifashishwa kuri radiyo ntoya

    Ababyeyi n’urubyiruko bose bishimiye ko ubumenyi buzatangirwa muri icyo kigo buzatanga ibisubizo aho batuye

    ‘Centre’ yafunguwe ifite gahunda yo kwigisha urubyiruko 1000 bitarenze mu 2026

    Ikigo cyafunguwe kizajya gitanga amahugurwa mu gusana no gukora amashanyarazi y’imirasire y’izuba


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/akanyamuneza-ku-rubyiruko-rwa-gakenke-rwigishwa-gukora-imirasire-y-izuba

  • Element yahigitswe n’abarimo Burna Boy mu bah… – #rwanda #RwOT

    Yari yatanze indirimbo ye ‘Milele’ ngo izahatana mu cyiciro cy’indirimbo nziza muri Afurika ‘Best African Music Performance’ ariko ntiyahiriwe.

    Niwe muhanzi wa mbere wo mu Rwanda wari ugerageze amahirwe. Ariko mu bihe bitandukanye, Bruce Melodie yumvikanye avuga ko afite inzozi zo gutwara Grammy Awards.

    Abategura ibi bihembo bagaragaje ko mu cyiciro ‘Best African Music Performance’ Element yari yatanzemo indirimbo ye hahatanyemo indirimbo ‘Tomorrow’ ya Yemi Alade, ‘MMS’ ya Asake, Wizkid, ‘Sensational’ ya Chris Brown na Davido, ‘Higher’ ya Burna Boy ndetse na ‘Love Me Jeje’ ya Tems.

    Beyonce niwe uhataniye ibihembo byinshi, kuko yashyizwe mu byiciro 11, akurikiwe na Kendrick Lamar, Billie Eilish, Charli XCX n’abandi.

    Beyonce amaze guhatanira ibi bihembo inshuro 99. Ariko ntaregukana n’umunsi n’umwe igikombe cya Album y’umwaka.

    Umuhango wo gutanga ibihembo ku Nshuro ya 67 ku bahize abandi uzaba Ku wa 2 Gashyantare 2024 mu Mujyi wa Los Angeles muri Amerika.

    Muri Nzeri 2024, nibwo Element yari yatanze indirimbo ye muri Grammy Awards 

    Element yahigitswe n’abarimo Burna Boy mu cyiciro cy’abahataniye Ibi bihembo 

    Ni ubwa mbere Element yari agerageje amahirwe muri ibi bihembo

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148467/element-yahigitswe-nabarimo-burna-boy-mu-bahataniye-grammy-awards-148467.html

  • The Ben yasabye urubyiruko kutita ku bicanteg… – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu taliki ya 8 Ugushyingo 2024 ubwo yari ari muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye muri Main Auditorium aho yari yagiye mu nama “Career Summit” isanzwe itegurwa na kaminuza y'u Rwanda, igahuza abanyeshuri n'abatanga akazi mu bigo bitandukanye ndetse n'abikorera mu rwego rwo kubaganiriza ibijyanye n'isoko ry'umurimo.

    The Ben yari yagiye kuganiriza abanyeshuri uko babyaza umusaruro impano zabo bitababujije gukurikira amasomo yabo. Yavuze ko buri wese afite ubushobozi bwo kwiha intego, gusa ko kuzigeraho habamo ibicantege byinshi.

    Yagize ati “Buri wese afite ubushobozi bwo kwiha intego, twese tugira intego ariko mu kuzigeraho habamo amahwa, habamo byinshi cyane bishobora gutuma ucika intege. Bisaba kutita ku bintu bibi biba biri inyuma”.

    Yasabye abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye kutita ku babaca intege aho yatanze urugero rwo kuba umuntu umwe ashobora kuva mu bantu ibihumbi 3 akavuga ibintu bikomeretsa umuntu mu gihe abandi basigaye bamuri inyuma ubundi akajya kwita kuri bya bindi by’umwe kandi hari abandi benshi bamushyigikiye.

    Yakomeje avuga ko mu rugendo rwe ibyamusunitse ari ukudacika intege ndetse n’amasengesho y’umubyeyi.

    Yagize ati “Dukeneye kwibuka ko mu rugendo rwo kugera ku ntego zawe hazabamo intambara. Njyewe mu rugendo rwanjye ibyansunitse ni ukudacika intege ndetse mfite n’umubyeyi ujya ukunda kunsengera aho negama cyane ku masengesho ye”.

    The Ben yavuze ko mu mikurire y’abantu baba bafite inzozi zitandukanye gusa zikagenda zihinduka ndetse anavuga uko we yarotaga kuba umuganga bityo n’ubu akaba agifite inzozi zo kuzashinga ivuriro rye.

    Yagize ati “Mu mikurire yacu tuba dufite inzozi zitandukanye. Nize nzi ko nzaba umuganga kuko nashakaga kuvura, muri Kaminuza nize ‘Public health’ ngize amahirwe yo kujya hanze.

    Muri icyo gihe cyo kurangiza Ishuri no kujya hanze habayemo kuvumbura ko nshobora gukora umuziki. Guhera tukiri abana naririmbaga mu rusengero abantu bakambwira ko nzi kuririmba ariko numvaga atari byo bintu nzakora ariko uko igihe kigenda ni nako inzozi zigenda zihinduka.

    Nubwo inzozi zigenda zihinduka ariko mfite inzozi zo kuzagira ibitaro byanjye mu rwego rwo gufasha Sosiyete”.

    The Ben yasabwe kuzajya gutaramira abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, arabyemera avuga ko atabyanga bitewe nuko ari ho ibintu bye yabitangiriye anabemerera ko azabagabanyiriza ibiciro ku matike y’igitaramo afite taliki ya mbere Mutarama mu mwaka utaha wa 2025.

    Uyu muhanzi yasoje atanga inama ku rubyiruko rwo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye agira ati “Mbere mbere mwahisemo kuza ku Ishuri kwiga, kuba mwaremeye mukaza ku Ishuri icyemezo cya mbere cy’ubuzima mwaragifashe.

    Ngira ngo twese uko turi hano twemeranya ko uko umuntu arushaho kwiga ari na ko agira imyitwarire myiza. Iyo myitwarire myiza izanwa no kubana n’abanyeshuri bagenzi bawe ndetse bigahera no mu rugo. Ndumva rero inama nabagira ni ukugira ikinyabupfura, iryo ni ijambo rigari ariko turi mu isi irimo ibicantege cyane.

    Iyo ufite inzozi zo kuzagira icyo uba cyo, ntuzigere wemera umuntu uwo ariwe wese uguhagarika kubera ko ni wowe ndetse n’ibihugu bizagirira akamaro”.

    The Ben yagiriye urubyiruko inama yo kutita ku bicantege

    The Ben yahishuye ko afite inzozi zo kuzashinga ivuriro rye

    The Ben ni umwe mu batanze ikiganiro mu nama “Career Summit” itegurwa na Kaminuza y’u Rwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148464/the-ben-yasabye-urubyiruko-kutita-ku-bicantege-ahishura-ko-afite-inzozi-zo-kuzashinga-ivur-148464.html

  • Perezida Paul Kagame yashimangiye ko politiki nziza, ari rwo rufunguzo ruganisha ku iterambere. #rwanda #RwOT

    Paul Kagame umukuru w'Igihugu cy'u Rwanda yagaragaje ko Afurika hari byinshi ishobora kwigezaho ubwayo yaba mu iterambere muri rusange, ni mu gihe hahagarara amagambo gusa ahubwo hakanashyirwa imbaraga nyinshi mu gushyira mu bikorwa ibiba byatangajwe.

    Kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2024 mu kiganiro yatanze mu itangizwa ry'Inama Nyafurika ya YouthConnekt, ubwo yabazwaga icyo Afurika yakora mu myaka 10 iri imbere kugira ngo ibe isoko y'ubumenyi bukenewe ku isoko ry'umurimo ku Isi.

    Gahunda ya Youth Connekt yatangijwe na Guverinoma y'u Rwanda ifatanyije n'abafatanyabikorwa bayo barimo Ishami UNDP mu 2012. Paul Kaagme perezida yagaragaje ko ibyo Afurika imaze kugeraho, byagaragaje ko byose bishoboka, abaza impamvu abantu batakora ibirenzeho kurushaho kugira babungabunge ibyagenzwe ndetse haniyongere ku ibyifuzo byagerwaho mu iterambere ry'Abanyafurika muri rusange.

    Yagize ati 'Afurika ifite buri kimwe ngo ibe aho dushaka kuba n'abo dushaka kuba bo, twe twakirenganya tutabigezeho. Kugira ngo tutirenganya rero, politiki igomba kuba ari nziza izana ituze ati uriya iyo ufite amahoro byose birashoboka ntakidashoboka hari amahoro, arongera ati: 'Afurika igaha urubuga buri wese rwo gukora ibyo ashoboye.'

    'Kandi aha ndashaka kuvuga ko dukwiye kurekera kuvuga gusa ahubwo tukabona ibyo tuvuga biba'. Paul Kagame umukuru w'Igihugu yavuze ko Afurika ifite urubyiruko rukenewe ahubwo rukwiriye gushyirirwaho urubuga kugira ngo rukore ibyo rushoboye.

    Mu mwaka wa 2030 urubyiruko rungana na 42% rwo ku Isi ruzaba rubarizwa muri Afurika, ibyo bikagaragaza ko uyu mugabane uzaba ufatiye runini isoko ry'umurimo ku Isi hose.

    Afurika ituwe n'abaturage miliyari 1,4, aho kimwe cya kane cyabo ari urubyiruko. Muri rwo 20% ni abashomeri, ari nacyo gipimo kiri hejuru ugereranyije n'ahandi ku Isi yose. Yashimangiye ko politiki nziza, ari rwo rufunguzo rw'umuryango uganisha urubyiruko rwa Afurika ku iterambere.

    Perezida Paul Kagame yatangije inama ya YouthConnekt ku nshuro ya 7, iyi nama yibandaga ku guhanga udushya kugira hagabanyuke ubushomeri bw'urubyiruko rw'Afurika.

    The post Perezida Paul Kagame yashimangiye ko politiki nziza, ari rwo rufunguzo ruganisha ku iterambere. appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/perezida-paul-kagame-yashimangiye-ko-politiki-nziza-ari-rwo-rufunguzo-ruganisha-ku-iterambere/

  • Baltasar yaryamanye n'abagore bo muri Equatorial Guinea barenga 400 #rwanda #RwOT

    Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yamaze kwirukana Baltasar Ebang Engonga mu nshingano ze mu gihe amaze iminsi micye atawe muri yombi.

    Mu bagore 200 bo muri Equatorial Guinea  uyu mugabo Baltasar yafashe amashusho arenga 400, bivugwa ko baryamanye n'uyu mugabo hamaze kumenyekanamwo abakomeye nka:

    1. Mushiki wa Perezida wa Equatorial Guinea.
    2. Mubyara wa Perezida wa Equatorial Guinea.
    3. Umugore w'uhagarariye umutekano wa Perezida.
    4. Umugore w'umushinjacyaha mukuru wa Equatorial Guinea.
    5. Umugore w'umuyobozi wa Polisi y'Igihugu cya Equatorial Guinea.
    6. Umugore wa murumuna we.
    7. Umugore w'ushinzwe umutekano we.
    8. Amashusho yabakobwa 15 b'inshuti za mushiki we.
    9. Umugore wa pasiteri w'aho yasengeraga.
    11. Abagore 20 b'abaminisitiri muri Equatorial Guinea.
    12. Umugore wa nyirarume wari utwite.
    13. Slay Queens muri Equatorial Guinea.

    The post Baltasar yaryamanye n'abagore bo muri Equatorial Guinea barenga 400 appeared first on KASUKUMEDIA.COM.

    Source : https://kasukumedia.com/baltasar-yaryamanye-nabagore-bo-muri-equatorial-guinea-barenga-400/

  • Amafoto – Vision FC yatangaje Winner Bet Rwanda nk'umufatanyabikorwa wayo mu gihe cy'imyaka ibiri #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Ugushyingo muri M Hotel niho ikipe ya Vision FC yo mu kiciro cya mbere yatangarije Winner Bet Rwanda nk'umufatanyabikorwa wayo,mu gihe kingana n'imyaka ibiri.

    Ubwo hasinywaga aya masezerano y'impande zombi buri ruhande rwari ruhagarariwe n'umuyobozi warwo.

    Ku ruhande rwa Vision FC yazamutse mu kiciro cya mbere uyu mwaka yari ihagarariwe na Birungi Jean Bosco naho kuri Winner Bet Rwanda yari ihagarariwe na Shawur Hatzir.

    Muri aya masezerano y'imyaka ibiri, bemeranyikwe ko ikipe ya Vision FC izajya yambara ino kompanyi y'imikino y'amahirwe imbere ku mwambaro wayo ku myenda yo murugo ndetse n'igihe basohotse.

    Si ibyo gusa kuko Vision FC izajya yamamaza Winner Bet Rwanda ku kibuga ku mikino yayo yakiriye yaba iya shampiyona ndetse n'andi marushanwa.

    Vision FC ni ikipe muri uyu mwaka irimo gukina ikiciro cya mbere dore ko aribwo ikizamuka aho yavuye mu kiciro cya kabiro yari imaze imyaka itari mike.

    Ni ikipe kandi izwiho kuzamura abakinnyi batandukanye bo mu makipe ya hano mu Rwanda ndetse n'ikipe y'igihugu Amavubi, aha twavuga nka Byiringiro Lague na Ishimwe Kevin.

    Kuri ubu Vision iri ku mwanya wa 15 muri shampiyona y'u Rwanda imaze gukinwa ho imikino 9 ikaba ifite amanota 5 ikaba iza imbere ya Kiyovu SC yo iri ku mwanya wa nyuma n'amanota 3.

    Mu mukino utaha w'umunsi wa 10 wa shampiyona y'u Rwanda, Vision izasura Bugesera FC, tariki ya 27 Ugushyingo 2024.

    The post Amafoto — Vision FC yatangaje Winner Bet Rwanda nk'umufatanyabikorwa wayo mu gihe cy'imyaka ibiri appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/amafoto-vision-fc-yatangaje-winner-bet-rwanda-nkumufatanyabikorwa-wayo-mu-gihe-cyimyaka-ibiri/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=amafoto-vision-fc-yatangaje-winner-bet-rwanda-nkumufatanyabikorwa-wayo-mu-gihe-cyimyaka-ibiri

  • Chriss Eazy mu ba mbere batsindiye Permis y… – #rwanda #RwOT

    Uyu muhanzi ugezweho muri iki gihe binyuze mu ndirimbo 'Sikoma' yakoze ikizamini kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Ugushyingo 2024, mu kigo cya Polisi mu Busanza.

    Yakoze ari kumwe n'abandi bari bariyandikishije abasha gutsinda. Yabwiye InyaRwanda ko yakoreraga uruhushya rwo gutwara imodoka rwo mu bwoko bwa 'B'.

    Ati 'Navuga ko ari ibyishimo bikomeye kuri njye. Kuko nari maze igihe nshaka 'Permis', yewe rimwe na rimwe natwagara imodoka ugasanga nandikiwe kubera kutagira uruhushya rwa burundu, rero nabifatiye igihe no kwitegura.'

    'Ndashima ubuyobozi bwa Polisi y'u Rwanda ndetse n'ubuyobozi bw'ikigo cya Busanze ku bwo kumfasha.'

    InyaRwanda yahawe amakuru yizewe ahamya ko mu minsi ishize hari abahanzi bane bakoreye ikizamini cya Busanza baratsindwa. Ndetse harimo undi wakoze inshuro ebyiri aratsindwa.

    Chriss Eazy abonye 'Permis' mu gihe aherutse gutaramira muri Uganda, ndetse ari no kwitegura kujya gukorera ibitaramo ku Mugabane w'u Burayi.

    Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, aherutse kuvuga ko abitegura gukorera 'Permis' za Automatique badakwiye kwirara, ahubwo bakwiye kwitegura bihagije.

    Ati 'Ibindi byose bizakurikizwa nk'uko byari bisanzwe. Igihinduka ni bimwe mu bikoresho biri mu modoka byagufashaga gukora ikizamini ariko ntabwo hanze ku kibuga hahinduka, imbago z'ikibuga ntabwo zihinduka.'

    Yakomeje agira ati 'Abantu ntibirare, amategeko agenga umuhanda azakoreshwa nk'uko yari asanzwe kuko nta kivungukaho na gato.'

    Inama y'Abaminisitiri yo ku wa 25 Mata 2024, ni yo yemeje gukorera impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga hakoreshejwe ibinyabiziga bya 'automatique'.

    Abantu bazahabwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bya 'automatique' biri mu rwego batsindiye ni byo bazaba bemerewe gutwara. Abazatsindira uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bya 'manuel' bazaba bemerewe gutwara ibinyabiziga bya 'automatique' na 'manuel'.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko abazajya bahabwa impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga bya 'automatique', ariko zifite ibiziranga.

    Ati “Uretse categorie A1 na B1 zisanzwe ari iz'abafite ubumuga bw’ingingo butandukanye, ku bafite izindi [permis] za automatique, hazaba hari akantu kabigaragaza.”

     

    Ibyishimo ni byose kuri Chriss Eazy nyuma y'uko abashije gutsindira 'Permis' yo mu bwoko bwa 'B'

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148462/chriss-eazy-mu-ba-mbere-batsindiye-permis-yimodoka-za-automatique-148462.html

  • Hatangajwe ibiciro byo kwinjira mu gitaramo ‘… – #rwanda #RwOT

    Iki gitaramo ‘Unveil Africa Fest’ kizabera muri Camp Kigali kuwa 07 Ukuboza 2024. Cyateguwe na Unveil Afrika imaze gushinga imizi mu gutegura ibikorwa bihuza abantu benshi birimo ibitaramo, ubukwe, inama n'ibindi.

    Umuyobozi Mukuru wa Unveil Africa yateguye Unveil Africa Fest, Uwase Clarisse, yabwiye InyaRwanda ko bifuza gutanga umusanzu mu ruhando rw'abasanzwe muri iyi mirimo ikigaragaramo umubare mucye w'abari n'abategarugori nyamara ari bo bakabaye babikora.

    Aragira ati: 'Igitsinagore bazwiho kugira ubuhanga mu gutegura neza ibintu binyuranye ariko byagera mu bitaramo, inama n'ibindi, ugasanga bikorwa n'abagabo ukibaza ikibitera. Aho rero, niho twifuje kunganira basaza bacu basanzwe babikora.'

    Uwase Clarisse yizeye neza adashidikanya ko iki gitaramo kizatanga ibyishimo by’umwihariko ku bakunzi b’umuziki gakondo. Avuga ko ari ahantu heza umuntu akwiriye gusohokanira n’inshuti ze mu kwishimira ko umwaka wa 2024 urangiye mu mahoro.

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Ugushyingo 2024 ni bwo amatike yo kwinjira muri Unveil Afrika Fest yageze hanze. Ni nyuma y’uko benshi bakomeje kugaragaza ko bafite amashyushyu menshi y’iki gitaramo, bakaba batindiwe n’umunsi nyirizina aho bazatarama bigatinda.

    Itike ya macye yiswe ‘Bisoke’ ni 10,000 Frw, ikurikiyeho yiswe ‘Muhabura’ iragura 25,000 Frw naho itike iruta izindi yiswe ‘Karisimbi’ iragura 50,000 Frw. Amatike ari kuboneka mu buryo bw’ikoranabuhanga unyuze ku rubuga www.noneho.com. Kanda HANO ugure itike.

    Ubuyobozi bwa Unveil Africa bwatangaje ko umwihariko wa buri cyiciro cy’amatike y’iki gitaramo. Abazagura amatike yo mu cyiciro cya Kalisimbi, bazahabwa ku buntu ikirahuri cya Wine cyangwa ikirahuri cya Fresh Juice ku batanywa inzoga. Ni mu gihe abo mu cyiciro cya Muhabura bazahabwa Juice/Jus iri mu icupa cyangwa icupa ry’amazi.

    Iki gitaramo ngarukamwaka ‘Unveil Africa Fest’ kizayoborwa n’umunyamakuru w’icyamamare Lucky Nzeyimana. Kizaririmbamo ibyamamare mu muziki gakondo ari bo Itorero Intayoberana, Ruti Joel, Victor Rukotana, Chrisy Neat, Himbaza Club, J-Sha n’umukirigitananga Siboyintore akaba n’umuhanga mu mbyino gakondo.

    Akarusho, ni uko aba bahanzi kandi bose bazaseruka muri iki gitaramo, bazaririmba mu buryo bwa 'Live' babifashijwemo na Siblings Band, itsinda ry'abasore n'inkumi basoje amasomo yabo mu Ishuri ry'umuziki ry'u Rwanda ryamamaye nka Nyundo Music School.

    Itorero Intayoberana rizasusurutsa abazitabira igitaramo Unveil Africa Fest

    Victor Rukotana ategerejwe mu gitaramo Unveil Africa Fest kizaba ku wa 07 Ukuboza 2024

    Chris Neat azaririmba mu gitaramo Unveil Africa Fest kizabera muri Camp Kigali

    Ruti Joel ni umwe mu bazatanga ibyishimo mu gitaramo Unveil Africa Fest

    Lucky Nzeyimana uri mu bashyushyarugamba ba mbere mu gihugu niwe uzayobora iki gitaramo

    Uwase Clarisse na Uwiragiye Moisie ni bo bategura Unveil Africa Fest

    Abazitabira iki gitaramo bazasoza umwaka wa 2024 bari mu byishimo bisendereye

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148460/hatangajwe-ibiciro-byo-kwinjira-mu-gitaramo-unveil-africa-fest-kizatanga-ibyishimo-bisende-148460.html

  • Dukwiriye kurekera kuvuga gusa: Perezida Kagame ku kizageza Afurika aho yifuza – #rwanda #RwOT

    Ni ingingo yagarutseho kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2024 mu kiganiro yatanze mu itangizwa ry'Inama Nyafurika ya YouthConnekt, ubwo yabazwaga icyo Afurika yakora mu myaka 10 iri imbere kugira ngo ibe isoko y'ubumenyi bukenewe ku isoko ry'umurimo ku Isi.

    Gahunda ya Youth Connekt yatangijwe na Guverinoma y'u Rwanda ifatanyije n'abafatanyabikorwa bayo barimo Ishami UNDP mu 2012.

    Perezida Kagame yagaragaje ko ibyo Afurika imaze kugeraho, byagaragaje ko byose bishoboka, abaza impamvu abantu batakora ibirenzeho.

    Yagize ati 'Afurika ifite buri kimwe ngo ibe aho dushaka kuba n'abo dushaka kuba bo, twe twakirenganya tutabigezeho. Kugira ngo tutirenganya rero, politiki igomba kuba ari nziza izana ituze, igaha urubuga buri wese rwo gukora ibyo ashoboye.'

    'Kandi aha ndashaka kuvuga ko dukwiye kurekera kuvuga gusa ahubwo tukabona ibyo tuvuga biba.'

    Yakomeje agira ati 'Nanyuzwe n'uko mwateguye gahunda y'uyu munsi [kudatanga imbwirwaruhame] kuko aha nahavugiye ibintu byinshi hari n'ibyo nsubiramo, n'abandi nabo bikagenda uko imyaka itanu, 10 na 20 igashira, ariko tuba dukwiye kwibaza: Ese ni iki gihari cyo kwerekana kijyanye n'ibyo twavuze, sinzi uko nabivuga ariko dukwiye kurekera kuvuga gusa.'

    Perezida Kagame yavuze ko Afurika ifite urubyiruko rukenewe ahubwo rukwiriye gushyirirwaho urubuga kugira ngo rukore ibyo rushoboye.

    Mu 2030 urubyiruko rungana na 42% rwo ku Isi ruzaba rubarizwa muri Afurika, bigaragaza ko uyu mugabane uzaba ufatiye runini isoko ry'umurimo ku Isi hose.

    Afurika ituwe n'abaturage miliyari 1,4, aho kimwe cya kane cyabo ari urubyiruko. Muri rwo 20% ni abashomeri, ari nacyo gipimo kiri hejuru ugereranyije n'ahandi ku Isi yose.

    Perezida Kagame ati 'Dufite imibare [urubyiruko rwinshi] igikurikiye ubu ni ukubaka ubushobozi bw'iyo mibare, tugomba gushyira imbaraga muri sisiteme zacu abato bakuriramo yaba uburezi cyangwa ahandi.'

    'Akenshi hari ibyo twirengagiza, tugatanga uburezi, tukita ku buzima bwabo, tukabashishikariza kugira uruhare mu iterambere ryabo n'igihugu ariko hagomba no kubaho wa mwuka utuma ibintu byose bigenda neza.'

    Yashimangiye ko politiki nziza, ari rwo rufunguzo rw'umuryango uganisha urubyiruko rwa Afurika ku iterambere.

    Perezida Kagame yagize ati 'Aha ndavuga politiki y'ibintu byose, ya yindi ituma habaho ituze bityo ibyo byose turi kuvuga bigakorwa. Nyuma y'ibyo tugomba gushyiraho ibikorwaremezo bizabafasha, noneho nabo inshingano yaba ikaba ukwihangira imirimo, guhanga udushya no gukora ibindi bibaha imibereho myiza buri wese yifuza.'

    Umwaka ushize ubwo hizihizwaga isabukuru y'imyaka 10 ishize YouthConnekt itangiye, hatangajwe ko hahanzwe imirimo mishya isaga 36.000, ibyara abasaga 24.000 bavugira bakanafasha abatishoboye n'abaharanira iterambere rusange bagera kuri miliyoni enye.

    Muri iyo myaka kandi gahunda ya YouthConnekt yashoye agera kuri miliyari 2.5 Frw mu bikorwa by'ubucuruzi by'urubyiruko birenga 2.000, na byo byongera agera kuri miliyari 5 Frw mu bukungu bw'u Rwanda.

    Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rwa Afurika rukwiye gushyirirwaho urubuga rwo gukora ibyo rushoboye ndetse na politiki z’ibihugu zikaba nziza

    Urubyiruko rwaturutse mu bihugu bitandukanye rwahuriye i Kigali mu nama ya YouthConnekt Africa Summit

    Iyi nama ya Youth Connekt imaze imyaka irenga 10 iba

    Inzego z’umutekano nazo zari zihagarariwe

    Urubyiruko rutandukanye rwitabiriye iyi nama

    Ababyeyi nabo bari babukereye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/dukwiriye-kurekera-kuvuga-gusa-perezida-kagame-ku-kizageza-afurika-aho-yifuza

  • Ndayishimiye Youssuf Nyange yiyemeje gukorera ikipe yakuriyemo ibitangaza – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukinnyi mpuzamahanga Ndayishimiye Youssuf Nyange, w'imyaka 26, akomeje kwerekana urukundo afitiye ikipe Aigle Noir CS yo mu Burundi, aho yatangiriye umwuga we w'umupira w'amaguru mu 2016 kugeza mu 2020. Uyu mukinnyi ukinira ikipe ya OGC Nice mu Bufaransa azajya aha Aigle Noir miliyoni 18 z'Amarundi buri kwezi kugeza uyu mwaka w'imikino wa 2024/25 urangiye, mu rwego rwo kuyifasha gukomeza ibikorwa byayo.

     

    Mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru cy'i Burundi, Akeza Sports, Youssuf yavuze ko gufasha ikipe yakuriyemo ari igikorwa kimurimo kirekire, kubera ko iyi kipe yamufashije kwiyubaka mu buzima bwe bwa buri munsi. Yagize ati: 'Ku bwanjye, ni ibisanzwe, nkunda gufasha muri ducye mfite. Iyo hataba Ndikuriyo Révérien, sinibaza ko umuryango wanjye uba ubayeho nk'uko uriho uyu munsi.'

     

    Mu rwego rwo gushimira ibikorwa by'uyu mukinnyi, guhera muri Mutarama umwaka utaha, ikipe ya Aigle Noir izajya ikorera imyitozo yambaye imyenda iranga izina rya Ndayishimiye Youssuf Nyange.

     

    Youssuf kandi yagiriye inama urubyiruko rukina ruhago mu Burundi, abasaba gukora cyane, kwitanga, no kwiyizera kugira ngo nabo bagere ku nzozi zabo. Ati: 'Nshaka kwereka Abarundi ko ushobora kurota ibikomeye kandi ukabigeraho.'

     

    Nyuma yo kuva muri Aigle Noir, Youssuf yerekeje muri Yeni Malatyaspor na İstanbul Başakşehir muri Turukiya, mbere yo kujya muri Nice mu Bufaransa aho akina kugeza ubu.

    Source : https://yegob.rw/ndayishimiye-youssuf-nyange-yiyemeje-gukorera-ikipe-yakuriyemo-ibitangaza/