Blog

  • Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Amakuru mpamo agera ku intyoza.com ni ay'uko kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2024 Polisi y'u Rwanda yamaze guta muri yombi Tuyizere Ange aho akurikiranyweho kwica ateye icyuma umugore we babanaga mu Mudugudu wa Rukaragata, Akagari ka Gihara, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi. Yafatiwe mu ntara y'Iburasirazuba ariko yamaze kugezwa muri Kamonyi.

    Uyu Tuyizere Ange, amakuru y'uko yishe umugore we amuteye icyuma mu ijosi yamenyekanye ku cyumweru tariki 23 Ugushyingo 2024 ahagana ku I saa munani z'amanywa.

    Akimara kumutera icyuma, yahise akizwa n'amaguru arahunga ariko akomeza gushakishwa kugira ngo ashyikirizwe ubutabera aryozwe ibyo akurikiranyweho. Uyu munsi nibwo amakuru yamenyekanye ko yamaze gutabwa muri yombi.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yahamirije intyoza.com ko amakuru y'itabwa muri yombi rya Tuyizere ari ukuri ko kandi yamaze kugezwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge.

    SP Emmanuel Habiyaremye yagize, ati' Ucyekwa kwica MUKANDAYISENGA Alphonsine wo mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, Akagari ka Gihara, Umudugudu wa Rukaragata yatawe muri yombi ageze mu karere ka Nyagatare bigaragara ko yashakaga gutorokera mu gihugu cy'abaturanyi akaba ari kuri station ya Polisi ya Gacurabwenge kugirango ashyikirizwe RIB'.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko Polisi y'u Rwanda ishimira abaturage bakomeje kuba abafatanyabikorwa beza mu kuyiha amakuru atuma hakumirwa ibyaha ndetse n'ababikoze bagatabwa muri yombi. Abasaba gukomeza ubwo bufatanye buri wese agaharanira kuba ijisho rya mugenzi we.

    Avuga kandi ko Polisi y'u Rwanda 'idashobora na rimwe kwihanganira uwo ariwe wese wishora mu bikorwa bibi birimo n'ibivutsa abandi ubuzima, ati' kumva ko wabikora ukaducika byo ntibishoboka'.

    Soma hano inkuru ivuga kuri uyu mugabo ubwo yamaraga gutera icyuma umugore we;Kamonyi-Runda: I Rukaragata umugabo yishe umugore we amuteye icyuma

    Munyaneza Théogène

    Source : https://www.intyoza.com/2024/11/27/kamonyi-runda-umugabo-ukekwaho-kwica-umugore-we-amuteye-icyuma-yatawe-muri-yombi/

  • Kamonyi-Rukoma: Habonetse umusore w'imyaka 24 bikekwa ko yishwe atabwa mu ishyamba #rwanda #RwOT

    Ahagana ku i saa munani zo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024 mu Mudugudu wa Kabande, Akagari ka Remera, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi, mu ishyamba riri hepfo y'Ibitaro bya Remera Rukoma hafi y'irimbi rihari, habonetse umurambo w'umusore witwa Sibomana Emmanuel w'imyaka 24 y'amavuko. Yishwe kumanywa y'ihangu kuko hari abamubonye mu ma saa tanu.

    Amakuru mpamo intyoza.com ikesha bamwe mu baturage ba Rukoma ni ay'uko uyu nyakwigendera Sibomana Emmanuel avuka mu Mudugudu wa Bukokora, Akagari ka Taba ho muri Rukoma. Umurambo we wasanzwe mu ishyamba, yatemwe mu gatuza ndetse no ku maboko n'abantu bataramenyekana.

    Aya makuru kandi y'urupfu rwa Sibomana Emmanuel yemezwa na Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rukoma wabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko umurambo we koko wabonywe mu ishyamba n'abaturage bahise bihutira gutanga amakuru, bahageze basanga koko yapfuye.

    Gitifu Mandera, avuga ko uyu musore yari asanzwe afite Butiki hafi y'Ikibuga cy'umupira cya Remera, akaba kandi binavugwa ko uyu musore hari uko yajyaga aba mu bijyanye n'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro kimwe na benshi mu banyarukoma kuko aka ari agace kabamo ibirombe byinshi bicukurwamo amabuye y'agaciro kandi usangamo abatari bake mu baturage ba Rukoma.

    Amakuru bamwe mu baturage bahaye intyoza.com ataremezwa n'urwego urwo arirwo rwose ni uko bakeka ko urupfu rwe rwaba rufite aho ruhurira n'ababarizwa mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro, bakavuga ko byashoboka ko ariyo ntandaro cyane ko kenshi muri aka gace yaba urugomo n'ibindi bikorwa by'ubugizi bwa nabi bikunda kuhagaragara usanga ibyinshi bifite aho bihurira n'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro.

    Kugeza kuri iki gicamunsi ubwo twandikaga iyi nkuru, Ubuyobozi bw'Umurenge wa Rukoma, Abaturage, abo mu muryango wa nyakwigendera, Polisi ndetse na RIB ifite Ubugenzacyaha mu nshingano bari ahabonetse uyu murambo.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/2024/11/27/kamonyi-rukoma-habonetse-umusore-wimyaka-24-bikekwa-ko-yishwe-atabwa-mu-ishyamba/

  • Zuchu yavugishije abantu kubera amashusho yindirimbo yakoze #rwanda #RwOT

    Binyuze mu kiganiro cye cya RECAP & MANDO @el_mando_tz yavuze ku ndirimbo nshya ya Zuchu Anthena yasohoye mu mashusho ye ejobundi.

    MANDO avuga ko Zuchu yerekanye imbaraga nyinshi kuruhande rwo guhanga kandi akaba yaranyuze mu nzira zimeze nki za Michael Jackson ku ndirimbo Thriller.

    Avuga ko intro ari ndende cyane ku ndirimbo imwe, nubwo ubwo bugufi budakuraho ubwiza bw'indirimbo ndetse n'ubuhanga bukomeye bukoreshwa muri bwo.

    Amashusho yindirimbo ya Zuchu yitwa Antenna

    Source : https://kasukumedia.com/zuchu-yavugishije-abantu-kubera-amashusho-yindirimbo-yakoze/

  • U Rwanda na Argentine byasinye amasezerano y'imikoranire mu by'ubwikorezi bwo mu kirere – #rwanda #RwOT

    Uruhande rw'u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ambasaderi w'u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, mu gihe Argentine yari ihagarariwe n'Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubwikorezi, Franco Mogetta.

    Aya masezerano aratanga amahirwe ku mpande zombi yo guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere, cyane ko intera iri hagati y'ibihugu byombi ari ndende.

    Ambasaderi w'u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yavuze ko iyi ari intambwe ibihugu byombi biteye mu rugendo rwo kwagura umubano hagati y'ibihugu byombi.

    Ati “Iyi ntambwe ntabwo ari iterambere ry'inzego zacu z'ubwikorezi gusa, ahubwo ni n'ikimenyetso cy'umubano ukomeye kandi uri kwaguka hagati y'ibihugu byacu.”

    U Rwanda na Argentine bisanzwe bifitanye imikoranire myiza mu nzego zitandukanye, uretse ko ibi bihugu byombi biri gushyira imbaraga mu kongera iyi mikoranire no kwagura inzego bishobora kubyaza umusaruro.

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, niwe wasinye kuri aya masezerano ku ruhande rw’u Rwanda

    Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubwikorezi, Franco Mogetta, niwe washyizze umukono kuri aya masezerano ku ruhande rwa Argentine


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-na-argentine-byasinye-amasezerano-y-imikoranire-mu-by-ubwikorezi-bwo

  • Musanze: Ibitaro byakiriye abarenga 1300 bakorewe ihohotera rishingiye ku gitsina mu mezi umunani – #rwanda #RwOT

    Ubu bushakashatsi bwakorewe mu turere 10 two mu Gihugu USAID Tubeho ikoreramo, bugaragaza ko kuva muri Mutarama kugeza Kanama 2024 abantu bagera kuri 1322 bagannye ibitaro bakorewe ihohotera rishingiye ku gitsina, muri bo umubare munini ni abagore n'abana.

    Umujyanama ku buringanire muri USAID Tubeho, Ingabire Eugenie, yavuze ko nubwo iyo mibare imeze gutyo, hakiri abagikorerwa ihohotera ntibagane ibitaro, asaba buri wese kugira uruhare mu guharanira ko ihohotera rirandurwa kuko ridindiza iterambere.

    Yagize ati “Ibi turabivuga nk'abageze kwa muganga, hari n'abahohotewe batabivuga bakaguma aho ngaho, ejo ukumva ngo umuntu bamwishe, ngo umuntu yiyahuye kubera ingaruka z'icyo kibazo cy'ihohotera aba yakorewe.”

    “Inama tugira abantu buri munsi, ni icyaha gihanwa n'amategeko kandi Leta yashyizeho uburyo bwinshi bushoboka kugira ngo uwahohotewe abashe gufashwa. Tugomba rero gufatanya kugira ngo ahagaragaye ikibazo gishyikirizwe inzego zibishinzwe guhera mu isibo aho dutuye kugeza hejuru kugira ngo abahohotewe bahabwe ubufasha.”

    Umuyobozi w'Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Kayiranga Théobald, yasabye abaturage kwirinda amakimbirane yo mu miryango no kugira umuco wo kuganira mu miryango kuko aribyo bikemura ibibazo by'ihohotera.

    Yagize ati “Icyo dusaba abaturage bacu ni ukwirinda amakimbirane mu miryango ndetse n'itarasezerana, igasezerana no kujya bagirana ibiganiro mu miryango. Ibi byose iyo babigize umuco n'iri hohotera riracika ubundi tukagira imiryango itekanye ishoboye kwiteza imbere. Iyo urugo abantu baganiye, iterambere ry'urugo ririyongera bakubaka umuryango uzira ihohotera.”

    Imibare ya RIB igaragaza ko mu myaka ibiri ishize abantu 19648 bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, muri bo 10 439 ni abana bari munsi y'imyaka 18 y'amavuko.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB kandi rusaba abantu bose gutangira ku gihe amakuru ku bakora ihohotera rishingiye ku gitsina, no kubungabunga ibimenyetso bifasha abahohotewe kubona ubutabera.

    Abaturage basabwe kwirinda amakimbirane

    Inzego zose zahagurukiye ikibazo cy’ihohotera rishingiye ku gitsina

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yasabye abaturage kwirinda amakimbirane yo mu muryango


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/musanze-ibitaro-byakiriye-abarenga-1300-bakorewe-ihohotera-rishingiye-ku

  • Abana 684 bakurikiranyweho ingengabitekerezo… – #rwanda #RwOT

    RIB yagaragaje ko ku byaha by'ingengabitekerezo ya Jenoside n'ibyaha bifitanye isano na yo, igaragaza ko hagati ya 2019 – 2024, hamaze kugenzwa ibirego 2,895 birimo abakekwa 4,019.

    Mu 2019 hagaragaye ibirego 536, mu mwaka wa 2020 haboneka 527,  mu mwaka wa 2021 haboneka ibirego 560, mu mwaka wa 2022 haboneka ibirego 447. Ni mu gihe mu mwaka wa 2023 habonetse ibirego 590 ndetse kugeza ubu hakaba hamaze kuboneka ibirego 325.

    Ikintu gihangayikishije cyane ni uko abagera kuri 684 bangana na 17% by'abakurikiranyweho ibi byaha, bafite hagati y'imyaka 14 na 17.

    Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Murangira Thierry, avuga ko biterwa n'ababyeyi gito bakibiba ingengabitekerezo mu bato.

    Ati: 'Mwaretse kwangiza abana banyu, wirera ngo umwana wawe azajye muri gereza. Ntawe ukwiye kwibikamo ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ntirara bushyitsi, igaragara mu bikorwa byanze bikunze. Umuti ni ukuyikuramo.'

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umuryango IBUKA, Ahishakiye Naphtal, avuga ko igitangaje kikaba kinababaje ari uko abijandika mu byaha byo guhohotera abacitse ku icumu ari abahamwe n'ibyaha bya Jenoside ndetse n'abana babo.

    Yagize ati: 'Iyo urebye nko mu turere 11, hagiye hagaragara ibikorwa byo gutera ubwoba abarokotse Jenoside kandi iyo urebye usanga mu bakekwa harimo abasanzwe barahamywe n'ibyaha bya jenoside cyangwa abana babo. Ibibi cyane ni uko usanga higanjemo urubyiruko, hagati y'imyaka 19 na 33.'

    Kimwe mu bitiza umurindi ingengabitekerezo ya Jenoside mu rubyiruko harimo n'imbuga nkoranyambaga. Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rusaba abakoresha izi mbuga kutishora mu bikorwa bifitanye isano n'ingengabitekerezo ya Jenoside bagendereye inyungu zabo bwite kuko hari amategeko abihana.

    Mu byaha bifitanye isano n'ingengabitekerezo ya Jenoside, icyo guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ni cyo kiza ku isonga ku kigero cya 50%.

    Umuryango uharanira Inyungu z'Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, uvuga ko ibikorwa byo kwibasira abarokotse byakomeje kugenda bigaragara mu bihe bitandukanye ariko bikaba byarafashe indi ntera kuva muri Kanama 2024, aho hamaze kwicwa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batanu hirya no hino mu Gihugu.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry yasabye ababyeyi kureka kwangiza abana babo bababibamo ingengabitekerezo ya Jenoside  

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148991/abana-684-bakurikiranweho-ingengabitekerezo-ya-jenoside-mu-myaka-5-ishize-148991.html

  • UEFA Champions League: Arsenal yanyagiye, iby… – #rwanda #RwOT

    Ni mu mikino yakinwe kuri uyu wa Kabiri taliki ya 26 Ugushyingo 2024 Saa yine z’ijoro. Umukino wari utegerejwe na benshi ni uwo ikipe ya Sporting CP yari yakiriyemo Arsenal kuri Estadio Jose Alvalade.

    Uyu mukino watangiye abakinnyi b’ikipe ya Arsenal bahererekanya neza umupira gusa ba myugariro ba Sporting CP bakabangira kwinjira mu rubuga rw’amahina.

    Bidatinze ku munota wa 17 gusa iyi kipe y’abarashi yahise ifungura amazamu ku mupira Jurrien Timber yahinduye imbere y’izamu usanga Gabriel Martinelli ahita afungura amazamu ndetse afungura konti ye y’ibitego muri UEFA Champions League y’uyu mwaka.

    Nyuma yo gutsindwa, ikipe ya Sporting CP yagerageje gusatira ishaka uko yakwishyura ariko biza kongera kuba bibi ku munota wa 22 ubwo Thomas Partey yahaga umupira Bukayo Saka nawe akawushyira kwa Kai Havertz wahise awutereka mu nshundura igitego cya kabiri kiba kirabonetse.

    Umukino wakomeje Arsenal yiharira cyane umupira ndetse hari n’aho yashoboraga kubona igitego cya 3 ku ishoti ryari rirekuwe na Bukayo Saka gusa Kai Havertz aryikuriramo kandi ryaganaga mu izamu.

    Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Arsenal yabonye igitego cya 3 gitsinzwe na Gabriel Martinelli akoresheje umutwe kuri koroneri yatewe na Declan Rice ashyiraho umutwe.

    Mu gice cya kabiri ikipe ya Sporting CP yaje nayo ibona igitego cyayo cya mbere gitsinzwe na Goncalo Inacio ku mupira yahawe na Francisco Trincao.

    Ikipe ya Sporting CP yakomeje gusatira ishaka ibindi bitego ibinyujije kuri rutahizamu wayo Victor Gyokores ariko ba myugariro ba Arsenal bakihagararaho.

    Ku munota wa 65 ikipe y’abarashi yabonye igitego cya 4 gitsinzwe na Bukayo Saka kuri penariti yaturutse ku ikosa ryakorewe Martin Odegaard.

    Ku munota wa 82, Mikel Merino yarekuye ishoti umunyezamu wa Sporting CP agiye kurifata ngo arigumane biramunanira umupira usanga Leandro Trossard wari winjiye mu kibuga asimbuye ashyiraho umutwe igitego cya 5 kiba kirabonetse.

    Umukino warangiye Arsenal itsinze ibitego 5-1.

    Indi mikino yakinwe ikipe ya Slovan Bratislava yo muri Slovakia yatsinzwe na AC Milan yo mu Butaliyani ibitego 3-2 naho Sparta Prague yo muri Czech Republic itsindwa na Atletico Madrid yo muri Espagne ibitego 6-0.

    Ikipe ya FC Barcelona yo muri Espagne yatsinze Brest yo mu Bufaransa ibitego 3-0, Bayern Leverkusen yo mu Budage itsinda RB Salzburg yo muri Australia ibitego 5-0 naho FC Bayern  itsinda Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa igitego 1-0.

    Ikipe ya Inter Milan yo mu Butaliyani yatsinze RB Leipzig yo mu Budage igitego 2-0, Manchester City inganya na Feyenoord mu Buhorandi ibitego 3-3 naho Young Boys yo mu Busuwisi inyagirwa na Atalanta yo mu Butaliyani ibitego 6-1.

    Manchester City yanganyije na Feyenoord ibitego 3-3

    Arsenal yanyagiye Sporting CP ibitego 5-1

    Inter Milan yatsinze RB Leipzig igitego 1-0 

    FC Bayern Munich yatsinze Paris Saint-Germain igitego 1-0

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148983/uefa-champions-league-arsenal-yanyagiye-ibya-manchester-city-bikomeza-kuyoberana-148983.html

  • Ras Kayaga yagaragaje intandaro y’amakimbiran… – #rwanda #RwOT

    Mu gihe bamwe mu bakurikirana hafi imyidagaduro cyangwa se ‘Showbiz’ yo mu Rwanda bavuga ko amakimbirane amaze iminsi ayigaragaramo ari aya vuba aha ko kera ntabyabagaho, nyamara umuhanzi Ras Kayaga wamamaye mu myaka ya kera mu njyana ya Reggae, avuga ko ibi bintu byatangiye kera umuziki nyarwanda uri kwiyubaka.

    Umuhanzi Ras Kayaga umaze imyaka 25 amenyekanye mu muziki nyuma yaho yakoze indirimbo yise ‘Maguru’ yakunzwe na benshi, ari mu bamaze igihe muri Showbiz ndetse ayifitemo amateka akomeye dore ko byinshi byabaye areba.

    Ras Kayaga wazamukiye mu itsinda rya ‘Holly Jah Doves’, ubwo yaganiraga na InyaRwanda Tv, yagaragaje ko amakimbirane yo muri Showbiz Nyarwanda yamye ahari atari aya vuba aha ndetse yanagerageje gusubiza amaso inyuma yerekana intandaro yayo.

    Yavuze ko amakimbirane yatangiye ubwo umuziki Nyarwanda winjirwagamo n’abajyanama n’abahanzi babarebera inyungu (Managers). Yagize ati: ”Amakimbirane yatangiye ubwo hazaga ibintu byo kumanaginga abahanzi, bitangijwe n’aba ‘Managers’ bari baje icyo gihe barimo Alex Muyoboke n’abandi batandukanye barimo n’uwashinze itsinda rya Urban Boys”.

    Ras Kayaga yakomeje agira ati ”Icyo gihe amakimbirane yatangiye kwaduka ndetse birakomeza kugeza ubwo Urban Boys yakoze indirimbo bise Ishyamba. Aho baririmbaga ngo muhigi w’ishyari reka iby’ishyari twese duhige”.

    Nubwo bamwe bareba umuziki nyarwanda utangiye kuzamo amakimbirane bakavuga ko ibintu byageze ‘aharyoshye’ ndeste ko ariko ‘Showbiz’ ikorwa, ntabwo ariko abahanzi bakoraga umuziki icyo gihe ariko babibonaga. 

    Ras Kayaga wabonye byinshi kuva umuziki nyarwanda wiyubaka kugera aho ugeze ubu, yavuze ko icyo gihe amakimbirana atangira harimo abahanzi bahise bahagarika gusohora indirimbo nawe arimo. 

    Ati: ”Muri ibyo bihe twe twahise dufata umwanzuro wo guhagarika gusohora indirimbo kuko ibintu byari bitangiye kuba bibi, hajemo ibintu bitari ku murongo wacu. Kuburyo natwe ubwacu baradusenye, ntabwo haburaga umuntu ugira atya akatwataka gusa agasanga twebwe turi Abarasta”.

    Uyu muhanzi kandi yakomeje atangariza InyaRwanda ko amakimbirane yo mu muziki yatangiriye i Nyamirambo. Atangijwe n’abo bajyanama (Managers).  Avuga aba  usanga babikora kunyungu zabo aho kubikora ku nyungu z’abahanzi bahagarariye.

    Yakomeje agaragaza ko ikibazo cy’abajyanama ari uko bakora ibintu mu nyungu zabo aho kubikorera abahanzi, bavuga ko bahagarariye inyungu z’abahanzi nyamara witegereje ubona bahagarariye inyungu zano.

    Ras Kayaga yagaragaje kandi ko nubwo amakimbirane yatangijwe n’abajyanama (Manager) mu myaka ya kera, gusa ngo kuri ubu abariho basigaye bagerageza gukorera neza abahanzi bakabikora kinyamwuga.

    Yanagiriye kandi inama abahanzi yo kwitondera guhitamo abajyanama, bagahitamo ababikora neza kandi bakababyaza amafaranga aho kugira ngo bahitemo umujyanama uzaza kumuriraho amafaranga aho kuyamushakira.

    REBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA RAS KAYAGA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148977/ras-kayaga-yagaragaje-intandaro-yamakimbirane-muri-showbiz-nyarwanda-148977.html

  • Bruce Melodie na Kevin Kade mu bahataniye ibi… – #rwanda #RwOT

    Mu bihe bitandukanye abategura ibi bihembo byagiye bazirikana iterambere ry'umuziki w'u Rwanda bagashyira ku rutonde bamwe mu bahataniye ibi bihembo n'ubwo kenshi kubyegukana bisaba imbaraga zidasanzwe.

    Mu 2022, ibi bihembo byari bihatanyemo Abanyarwanda batandatu, kuri iyi nshuro hatoranyijwe abahanzi bane. Icyo gihe byatangiye mu Mujyi wa Dallas muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko kuva mu 2023 bitangirwa mu Mujyi wa Dar es Salaam.

    Mu 2023, ibi bihembo byari bihatanyemo Bruce Melodie, Ariel Wayz, Israel Mbonyi, Bwiza ndetse na Christopher. Ariko kuva abahanzi nyarwanda batangazwa mu bahatana muri ibi bihembo, nta n'umwe urabasha kwegukana igikombe.

    Abategura ibi bihembo basobanura ko byubakiye ku gushimira abahanzi bakora ibikorwa binyuranye mu guteza imbere inganda ndangamuco, ndetse hanagamijwe guteza imbere ubukerarugendo mu gihugu cya Tanzania.

    Ushingiye ku rutonde rw'abahataniye ibi bihembo rwatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024, umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi ahataniye igikombe mu cyiciro cy'umuhanzi mwiza wa 'Gospel' mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba (Best East Africa Gospel/Inspiration of the year), aho ahatanye n'abarimo itsinda rya Papi Clever, Dorcas na Merci Planist; Joel Lwaga, Obby Alpha, Paul Clement, Walter Chilambo, Mercy Masika, Mary Lincon ndetse na Guardian Angel

    Ni mu gihe Kevin Kade na Element Eleeh bahataniye igihembo mu cyiciro 'Best East Africa R&B/Pop Artist of the year' aho bahataniye igikombe na Jux, Rayvanny, Fathermoh, Jay Melody, Mbosso, Bahati, Arow Bwoye ndetse na Christian Bella.

    Indirimbo 'Kipepo' ya Nadia Mukami na Bruce Melodie yashyizwe mu zihataniye ibihembo binyuze mu cyiciro cy'indirimbo nziza mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba (Best East African Music of the year), aho ihatanye n'indirimbo 'Ujana' ya Harmonize, 'Komasava Remix' ya Diamond Platnumz, 'Zawadi' ya Zuchu na Dadiposlim, 'Dah Remix' ya Nandy na Ali Kiba, 'Extra Pressure na Bien-Aime, 'Kipofu' ya Ali Kiba na Top Shatta, 'Hakuna Matata' na Marioo, 'Ololufe Mi' ya Juma Jux na Diamond Platnumz.

    Ibi bihembo binahataniwe mu byiciro birimo 'Best East African Live act of the year', 'Best East African Newcomer of the year', 'Best East African Album of the year', 'Best East African Film Director' n'ibindi. 

    Ibi bihembo bizatangwa ku wa 15 Ukuboza 2024, mu nyubako y'imyidagaduro ya Superdome Masaki mu Mujyi wa Dar es Salaaam mu gihugu cya Tanzania, guhera saa kumi n'ebyiri z'umugoroba.

      

    Israel Mbonyi yongeye gushyirwa ku rutonde rw'abahataniye ibi bihembo bizatangirwa muri Tanzania

     

    Indirimbo Bruce Melodie [Aherutse kugaruka i Kigali avuye mu bitaramo muri Canada] yakoranye na Nadia Mukami yamushyize mu bahataniye ibi bihembo

     

    Element uri kubarizwa muri Uganda muri iki gihe, yongeye kugaruka ku rutonde rw'abahatanye

     

    Kevin Kade ahataniye ibi bihembo ku nshuro ya mbere binyuze mu cyiciro 'Best East Africa R&B'
















    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148992/bruce-melodie-na-kevin-kade-mu-bahataniye-ibihembo-bizatangirwa-muri-tanzania-148992.html