Blog

  • Twatunguwe no kumva ibyo bintu- Nduhungirehe asubiza Michela Wrong washinje RDF kuba i Maputo – #rwanda #RwOT

    Ibi birego ku Ngabo z'u Rwanda, Minisitiri Nduhungirehe yabigarutseho ku wa Gatatu tariki 4 Ukuboza 2024, mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru mu Bwongereza mu nama y'Ikigo Mpuzamahanga Kitegaiye kuri Leta Gishinzwe Ububanyi n'Amahanga (Chatham House).

    Umwe mu bari muri iki kiganiro ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi w'ibitabo, Michela Wrong ukunze kumvikana mu mvugo zibasira ubuyobozi bw'u Rwanda.

    Michela Wrong yabajije Nduhungirehe icyo avuga ko birego bishinja Ingabo z'u Rwanda kuba i Maputo.

    Ati 'Ndabaza niba Minisitiri ashobora kutubwira mu byukuri aho Ingabo z'u Rwanda ziri muri Mozambique. Utavuga rumwe n'ubutegetsi muri Mozambique wahunze igihugu yasabye Ingabo z'u Rwanda kuva mu gihugu. Twabonye ibirego ku mbuga nkoranyambaga birimo n'ibivuga ko zarashe abigaragambya bamagana ibyavuye mu matora.'

    Muri iki kiganiro Michela Wrong yarenze ibivugwa nawe atangira gusa n'ushinja Ingabo z'u Rwanda kuba i Maputo.

    Ati 'Ndibaza nti bari he? (abasirikare b'u Rwanda) ese boherejwe mu mujyi. Twabonye amashusho agaragaza ko boherejwe mu Majyepfo, mu mujyi, bari he? Ni iki bazakora mu gihe iyi myigaragambyo ikomeje?'

    Nyuma y'amatora y'Umukuru w'Igihugu muri Mozambique nibwo hatangiye gukwirakwizwa amakuru avuga ko Ingabo z'u Rwanda zageze i Maputo mu bikorwa byo guhosha imyigaragambyo y'abaturage, igamije kwamagana intsinzi ya Daniel Chapo ku mwanya w'umukuru w'igihugu.

    Mu gusubiza Michela Wrong, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko aya makuru ashinja Ingabo z'u Rwanda kuba i Maputo nta shingiro afite.

    Ati 'Twasomye (ayo makuru) y'abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri Mozambique ko Ingabo z'u Rwanda ziri i Maputo, zifasha abasirikare b'igihugu mu guhangana n'abigaragambya. Twaratunguwe kubera ko aho Ingabo z'u Rwanda ziri ni ku mpera mu majyaruguru muri Ntara ya Cabo Delgado. Twarabisomye, ni ibihuha byakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, twabonye Minisiteri y'Ingabo muri Mozambique ivuga ko ibi atari ukuri, twabonye itangazo rya Minisiteri y'Ububanyi n'amahanga ivuga ko atari ukuri ndetse n'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi wavuze ko ataribyo.'

    Yakomeje avuga ko 'ariko murabizi muri iki gihe tubamo cy'imbuga nkoranyambaga umuntu ashobora kubyuka agakwirakwiza ibihuha ku bintu bitumvikana, kuki Ingabo z'u Rwanda ziri i Cabo Delgado muri Mozambique mu majyaruguru ya Mozambique zishobora kuva muri kilometero 1700 zijya i Maputo guhangana n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri Mozambique.'

    Nduhungirehe yavuze ko hari icyizere ko ikibazo cy'iyi myigaragambyo kiri muri Mozambique kizakemuka vuba kuko yanagabanyije ubukana.

    Ibyatangajwe na Nduhungirehe bijya gusa neza n'ibyatangajwe n'Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda Brig. Gen Ronald Rwivanga, washimangiye ko nta Ngabo z'u Rwanda ziri i Maputo mu murwa Mukuru wa Mozambique, yemeza ko nta na hato zihuriye n'imyigaragambyo imaze iminsi iri kubera muri uyu mujyi.

    Imyigaragambyo y'i Maputo yatangiye nyuma y'uko bitangajwe ko Daniel Chapo w'ishyaka FRELIMO, yegukanye intsinzi mu matora y'Umukuru w'Igihugu, asimbura Felipe Nyusi.

    Venancio Mondlane watsinzwe amatora yanze kwemera ibyayavuyemo ndetse asaba abamushyigikiye kwigaragambya.

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwatunguwe no kumva amakuru ashinja ingabo zarwo kuba i Maputo mu bikorwa byo guhangana n'abigaragambya

    Michela Wrong akunze kumvikana mu mvugo zibasira ubuyobozi bw'u Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/twatunguwe-no-kumva-ibyo-bintu-nduhungirehe-asubiza-michela-wrong-washinje-rdf

  • Perezida wa Rayon Sports yavuze ko ku kigero… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu Saa kumi n’ebyiri ni bwo umuriro uraka muri Stade Amahoro ubwo ikipe ya Rayon Sports iraba yakiriye mukeba wayo APR FC mu mukino w’ikirarane cyo ku wa Gatatu wa shampiyona.

    Mbere yuko uyu mukino ukinwa, Rayon Sports yateguye ikiganiro n’itangazamakuru kigaruka kuri uyu mukino. Perezida w’iyi kipe ifite abafana benshi mu Rwanda yavuze ko uyu mukino bawiteguye neza ndetse ku kigero cya 90% bakaba bazi ko bazawutsinda.

    Yagize ati: “Imikino tumaze dutsinda igera ku 9 iyo ni imyiteguro ubwo rero urumva ko twiteguye neza. Ni ukuvuga ngo ntabwo twiteguye uyu munsi gusa ubwo rero urumva ko twiteguye neza. Uko tugenda dutsinda niko tugenda twitegura umukino ku wundi kandi uburyo twiteguyemo ku kigero cya 90 % tuzi ko uyu mukino tuzawutsinda”.

    Yavuze ko impamvu uyu mukino wa ‘Derbie’ bawuteguye mu buryo bwihariye bijyana nuko ari ubwa mbere ugiye gukinirwa muri Stade Amahoro ivuguruye.

    Ati: “Hanyuma kuba uyu mukino wa Derbie usa nk’aho uri hejuru cyane ni ubwa mbere ukiniwe muri Stade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45. Urumva ko ibintu bigenda biba binini kandi nyine ibintu bigomba gutegurwa uko bingana”.

    Perezida w’Urwego rw’ikirenga rwa Rayon Sports, Muvunnyi Paul we yavuze ko impamvu bawuteguye mu buryo budasabzwe ari ukubera ko bawufata nk’udasanzwe, na cyane ko bizeye ko nyuma y’imyaka itanu, ari igihe cyiza cyo guha ubutumwa bukomeye mukeba wabo w’ibihe byose ari we APR FC.

    Muvunnyi Paul yavuze ko Rayon Sports bifuza atari iri ku rwego rwa APR FC ndetse anavuga ko ubwo isoko ryigura n’igurisha ku bakinnyi rizaba rifunguye hari abandi bakinnyi bazagura Yagize ati “Rayon Sports yifuzwa ni Rayon Sports itari ku rwego rwa APR FC. 

    Ugereranyije Rayon Sports n’amakipe ari mu karere ugashyira ku munzani urasanga tugifitemo intege nke. Niyo mpamvu nubwo hari ibiri gutegurwa tuzagira abakinnyi bandi twongeramo haba mu bwugarizi, mu kibuga hagati ndetse no mu busatirizi uko amategeko azaba abitwemerera”.

    Twagirayezu Thaddée we yavuze ko Rayon Sports bifuza ari izajya iba izwi na buri muntu wese muri Afurika. Ati: “Rayon Sports twifuza ku bwacu no ku bwanjye ntabwo twifuza Rayon Sports ya hano gusa, turifuza Rayon Sports izavugwa ku buryo umuntu wese uri muri Afurika azayumva akajya yumva ko ayizi kubera ko yakoze ibigwi aha n’aha. Ni iyo Rayon Sports twifuza kandi ukurikije gahunda dufite iyo Rayon Sports tuzayigeraho kandi vuba”.

    Kugeza ubu Rayon Sports niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 26 mu mikino 10 imaze gukina mu gihe mukeba wayo APR FC yo iri ku mwanya wa 5 n’amanota 17 mu mikino 8 imaze gukina.

    “>

     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149271/perezida-wa-rayon-sports-yavuze-ko-ku-kigero-cya-90-bazi-ko-bazatsinda-apr-fc-video-149271.html

  • Umutegetsi ukomeye mu Burundi yamaze kwaka ubuhungiro mu Bubiligi #rwanda #RwOT

    Inzego z'U Bubiligi zemeje ko hari umutegetsi ukomeye mu Gihugu cy'u Burundi wasabye ubuhungiro nyuma yo gusoza ubutumwa bwari bwamujyanye, agahitamo kudasubira mu Gihugu cye. Uyu mutegetsi, ni umwe mu bayobozi muri Minisiteri y'Uburezi muri iki gihugu. Biranavugwa ko atariwe gusa, ko hari n'abandi banze gusubira i Burundi.

    Amakuru ava muri zimwe mu nzego z'Igihugu cy'U Bubiligi aremeza ko hari umutegetsi mukuru muri Minisiteri y'Uburezi( Ubushikiranganji bujejwe indero) mu Burundi, watse ubuhingiro mu Bubiligi nyuma yo kwanga gutaha mu Burundi asoje kwitabira ibikorwa byari byamujyanye.

    Leta y'u Burundi nayo, ibinyujije muri Minisiteri y'Uburezi iyobowe na François Habyarimana, ivuga ko uwari umuyobozi mukuru w'inyigisho z'imyuga yari mu rugendo rw'akazi mu Bubiligi yahezeyo yanga kugaruka.

    Iryo tangazo rya Leta ryaje ryemeza amakuru yari amaze igihe acaracara ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko hari umutegetsi w'u Burundi watorokeye mu Bubiligi. Biravugwa kandi ko hari n'abandi barundi batari bake, bamaze guhitamo gufata iyindi nzira aho gusubira mu Burundi basoje ingendo z'akazi.

    Byatangiye ari igihuha…

    Mu gihe byatangiye kunugwanugwa mu mpera y'ukwezi kwa cumi na kumwe ku mbuga nkoranyambaga ko hari umutegetsi w'u Burundi wari mu rugendo rw'akazi mu gihugu cy'U Bubiligi yashimye kugumayo asaba ubuhungiro.

    Nyuma y'aho atagarutse, Minisitiri w'Uburezi, Francois Habyarimana yanditse agena by'agateganyo umuyobozi mukuru mushyashya ushinzwe inyigisho z'imyuga muri iyo Minisiteri, kuko uwari ubishinzwe yagiye akiherera iyo aho kugarukana ubutumwa bw'akazi yari yoherejwemo.

    Nubwo abategetsi mu gihugu cy'u Burundi by'Umwihariko muri Minisiteri y'Uburezi birinze kuvuga amazina y'uyu mutegetsi watse Ubuhungiro, BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko yamenye ko uwo waheze akanga kugaruka ari Germain Ndayishimiye wari umuyobozi mukuru ushinzwe inyigisho z'imyuga.

    Amakuru BBC Gahuzamiryango yabonye, ni uko uyu mutegetsi yari mu rugendo rw'akazi aho yari yatumiwe n'igisata cy'ingoma y'U Bubiligi gishinzwe gufashanya hagati y'u Bubiligi n'u Burundi (Enabel). Urwo rugendo rw'akazi rukaba rwaratangiye taliki 17 ukwezi kwa Kigarama (11) rukarangira taliki 20 z'uko kwezi ari naho yari gusubira mu Burundi.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/2024/12/05/umutegetsi-ukomeye-mu-burundi-yamaze-kwaka-ubuhungiro-mu-bubiligi/

  • Ubukwe bw'umusore w'imyaka 22 bwavugishije benshi, washakanye n'umukecuru w'imyaka 87 #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, hari inkuru yatangarije abantu ku Isi yose nyuma y'ubukwe bw'umusore w'imyaka 22 n'umukecuru w'imyaka 87.

    Iyi nkuru yakomeje kugenda isakara cyane kubera ikinyuranyo cy'imyaka 65 hagati y'abashakanye, bikaba bitamenyerewe cyane mu mico.

    Ubwo bukwe bwavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe babufashe nk'ibidasanzwe, abandi bakabunenga cyane, abandi bakabugaragaza nk'urukundo rw'ukuri rudashingiye ku myaka.

    Uwo musore, wagaragaye anyuzwe kandi yishimiye umunsi w'ibirori, yatangaje ko urukundo rwe n'uyu mukecuru rudashingiye ku bintu byo gushaka inyungu, ahubwo ari ukuri.

    Yavuze ko yamukunze by'ukuri kubera imico n'ubugwaneza by'uyu mukecuru, kandi ko yishimira ko yamubonye nk'umufasha w'ubuzima bwe bwose.

    Ku rundi ruhande, umukecuru nawe yavuze ko ya ri amaze imyaka myinshi yifuza kongera gusobanukirwa ibyishimo byo kuba mu rukundo nyuma yo kumara igihe kinini ari wenyine.

    Uyu muhango wabaye imbere y'inshuti n'abavandimwe, byatumye benshi bemeza ko kuba bakundanye kandi bashakanye nta gihunga, ahubwo ari ikimenyetso cy'uko urukundo rwabo rushobora kuba rufite ishingiro.

    Nubwo bimeze bityo, benshi ku mbuga nkoranyambaga batanze ibitekerezo bitandukanye.

    Hari abibajije ku by'inyungu zishobora kuba zibyihishe inyuma, abandi bakemeza ko ari urukundo rw'ukuri rutareba imyaka cyangwa isura.

    Mu mico myinshi yo muri Afurika, ubukwe busanzwe bwubakira ku kumvikana hagati y'imiryango no ku myumvire y'ubwuzuzanye hagati y'abashakanye.

    Gusa iyi nkuru yatumye benshi batekereza ku migenzo gakondo, cyane cyane ku byerekeye imyaka y'abashakanye.

    Hari n'abavuze ko uyu musore ashobora kuba yarashakaga ubukire cyangwa inyungu zindi zituruka ku mukecuru, cyane cyane kubera ko akuze kandi byashoboka ko afite imitungo.

    Gusa mu myanzuro y'ababashyigikiye, havuzwe ko urukundo ari umwanzuro w'abantu babiri bagomba kwihitiramo, kandi ko nta mpamvu yo kubakoma.

    Ibi byerekana ko, nubwo abantu bashobora kudahuza ku rukundo rw'uyu musore n'umukecuru, bibaye by'ukuri nta yandi marenga abyihishe inyuma, urukundo rwabo rwaba urugero rw'uko nta mipaka iriho iyo umuntu afashe umwanzuro ku buzima bwe bwite.

    Iyi nkuru iracyaganirwaho mu buryo bunyuranye, by'umwihariko ku mpinduka z'imitekerereze ku rukundo, imyaka, n'icyo bigomba gushingiraho mu mibanire y'abantu.

    Source : https://kasukumedia.com/ubukwe-bwumusore-wimyaka-22-bwavugishije-abantu-washakanye-numukecuru-wimyaka-87/

  • Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w'Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w'igihugu #rwanda #RwOT

    Amagambo akarishye Perezida w'Inteko Nshingamategeko ya Kongo, Vital Kamerhe yavugiye mu nteko rusange y'abadepite, aje kuvuguruza ibirego ubutegetsi bw'icyo gihugu bwakomeje kugereka ku Rwanda, burushinja gucuruza amabuye y'agaciro rucukura rwihishwa muri Kongo.

    Denise Nyakeru umugore wa Perezida TshisekediChristian Tshisekedi, murumuna wa Perezida Tshisekedi naho Anthony Tshisekedi, umuhungu wa Perezida Tshisekedi

    Ibyo birego benshi mu Bakongomani babimize bunguri, ndetse na bimwe mu bihugu byemera bidasesenguye ko koko ubukungu bw'u Rwanda buzamuka kubera ibisahurano byo muri Kongo.

    Ni bake cyane bibajije impamvu abo Bakongomani bo batagira n'urwara rwo kwishima, kandi bavuga ko Imana yabahundagajeho umutungo kamere abandi batagira!

    Burya rero ikinyoma kirihuta, ariko ukuri kuratinda nyamara amaherezo kugatsinda. Biba ari ikibazo cy'igihe gusa.

    Isaha y'ukuri rero yageze, maze Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko atanga mu ruhame ibimenetso byerekana ko ibilombe by'amabuye y'agaciro bitabarika, mu bice binyuranye bya Kongo, bicukurwa na Perezida Félix Tshisekedi, n'ikimenyimenyi bikaba bicungirwa umutekano n'ingabo zishinzwe kurinda Umukuru w'Igihugu.

    Vital Kamerhe yatanze ingero, aho agira ati:' Iyo ufashe umuhanda Bunia-Kisangani ugenda ubona ibilombe byitirirwa Abashinwa n' abanya Somalia, nyamara ni ukujijisha kuko birindwa n'abashinzwe umutekano wa Perezida wa Repubulika. Iyo urebye ibibera muri Haut Katanga na Lualaba byo ukubitwa n'inkuba…kugeza n'ubwo abajenerali [ inkoramitima za Tshisekedi] batanga impushya zo gucukura amabuye y'agaciro'.

    Ibivugwa na Vital Kamerhe birashimangira ubuhamya bwasohotse mu kinyamakuru' La Libre Belgique' cyo kuwa 08/11/2024, aho amashyirahamwe atatu ashinja umugore wa Tshisekedi, Madamu Nyakeru Denise, kwigarurira ibilombe byahoze ari ibya sosiyete 'GECAMINES' muri Katanga na Lualaba, afatanyije na sosiyete ya baringa y'Abashinwa. Ibyo bilombe ngo bifite agaciro k' amamiliyoni atabarika y'amadolari.

    Umutaripfana akaba n'umunyamakuru uzwiho ubucukumbuzi bwibitse kuri politiki ya Kongo, Claude Pero Luwara, abinyujije ku murongo we wa YouTube, CPL TV, na we yahishuye ko umuhungu wa Perezida Tshisekedi witwa Anthony Tshisekedi, ndetse n'umuvandimwe wa Perezida, Christian Tshisekedi, ubu aribo bacukura ibilombe hafi ya byose byo mu ntara ya Katanga na Lualaba.

    Ubwo buhamya kandi buvuga ko umuryango wa Tshisekedi ariwo wari warabohoje ibilombe bya Lubaya bikungahaye kuri zahabu na coltan, ubwo ubutegetsi bwari bumaze kubyambura umushoramari Edouard Mwangacucu, bumubeshyera ko akorana n'umutwe wa M23. Mu mezi make ashize uwo mutwe waje kwirukana Tshisekedi aho i Lubaya, ubu ukaba ari wo ugenzura ibilombe byaho.

    Abakurikiranira hafi ibya Kongo rero barahamya ko ukuri Kamerhe ahishuye kugiye kwatsa undi muriro hagati ye na Tshiseke, n'ubundi basanzwe babana bacengana. Murabyibuka, ubwo Tshisekedi yagirwaga Perezida wa Kongo muw'2018, yari yasezeranyije Kamerhe ko azamureka nawe akaba Perezida wa Repubulika muri manda ya 2. Aho kubahiriza isezerano, Tshisekedi yihutiye gufunga Kamerhe, amurega kunyereza amamiliyari ya Leta yari agenewe imishinga yihutirwa, yo mu minsi 100 ya mbere y'ubutegetsi bwa Tshisekedi.

    Nubwo Vital Kamerhe yaje kugirwa umwere, inzika ntiyashize. Abamuba hafi bemeza ko, mu rwego rwo kwihimura, nawe ibyo azi byose byakwerekana ubujura bwa Tshisekedi atabihisha.

    Icyiza ni uko uko kuri kuzatuma Abakongomani bahumuka, bakamenya umwanzi nyawe w'igihugu cyabo, aho guhora bashakisha uko begereka ibibazo byabo bwite ku Rwanda.

    The post Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w'Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w'igihugu appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ukuri-kutigeze-kuvugwa-muri-kongo-umukuru-winteko-nshingamategeko-ashinje-perezida-tshisekedi-gusahura-umutungo-kamere-wigihugu/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ukuri-kutigeze-kuvugwa-muri-kongo-umukuru-winteko-nshingamategeko-ashinje-perezida-tshisekedi-gusahura-umutungo-kamere-wigihugu

  • Icukumbura ku matsinda y'Abanyarwanda n'Abanye-Congo bashatse kwikubira isoko ryo ku mupaka – #rwanda #RwOT

    Raporo y'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare, NISR, igaragaza ko muri Mutarama 2024, RDC yari ku mwanya wa kabiri mu bihugu byakira ibicuruzwa byinshi bikomoka ku Rwanda, aho ibifite agaciro ka miliyoni 17,42 z'Amadolari ya Amerika (miliyari 23,81 Frw) byoherejweyo.

    Bigirwamo urujya n'uruza rw'abacuruzi banyura ku mipaka itandukanye ihuza ibyo bihugu. Nk'uhuza u Rwanda na RDC i Rubavu, unyuraho abarenga ibihumbi 15 ku munsi, abarenga 90% bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

    Icyakora mu icukumbura IGIHE yakoze, yabonye ko hari itsinda ry'abacuruzi nka 20 bo mu Rwanda n'irindi ry'abo muri RDC by'umwihariko mu Mujyi wa Goma, bashatse kwikubira iryo soko, ibintu byari bitangiye kuzamura umwuka mubi hagati y'impande zombi.

    Mu gushaka kwikubira amasoko kuri abo Banyarwanda na bagenzi babo bo muri RDC, ku wa 09 Ugushyingo 2024, basinyanye amasezerano ubwabo, bemeza ko azatangira kubahirizwa ku wa 15 Ugushyingo 2024.

    Bashyizeho amabwiriza agaragaza ko ibicuruzwa bimwe na bimwe nk'inyanya, inkoko, imbuto nk'imyembe, bizajya bijyanwa muri RDC bitwawe mu makamyo gusa, ibitajyanywe uko bigakumirwa.

    Birumvikana ko wa muntu w'inkoko 10 yajyanaga muri RDC kwishakira amaramuko, wa muturage wajyanaga ibilo 50 by'inyanya atwaye ku igare cyangwa ku mutwe, uwari witwariye ibilo 100 by'imyembe kuri moto, yari akumiriwe.

    No muri RDC ni ko byagenze, abandi bantu bake nk'abo bo mu Rwanda, bakora itsinda rizajya ryakira bya bicuruzwa byaje mu modoka za ba bandi bashaka kwikubira isoko, abandi b'Abanye-Congo na bo babuzwa kujya guhahira i Rubavu nk'uko byari bisanzwe.

    Uwo ku ruhande yashaka kwinjira muri ubwo bucuruzi bakamwamaganira kure, na rya tsinda ryo hakurya ntirimwakire

    Iryo tsinda ryo muri RDC kandi ryahise rishyiraho imisoro itavugwaho rumwe, no mu gihe bemereye nka moto cyangwa igare bakarisoresha amafaranga adasoreshwa n'imodoka. Umufuka umwe w'imbuto ugasoreshwa 500 Frw.

    Byakomeje kuba bibi, aho nko mu minsi ishize moto enye zo mu Rwanda zaciwe ibihumbi 40 Frw, kugira ngo ibicuruzwa zari zitwaye byemererwe, ubundi moto bakazirukana kugira ngo hacuruze ba bandi b'imodoka gusa.

    Ikindi ni uko hari abandi Banyarwanda bagiye gutura muri RDC mu bihe bya Covid-19, bakora ubucuruzi bagakorana na rya tsinda ry'Abanye-Congo mu gukomeza ibyo bikorwa byo kwikubira, bakumva ko bagenzi babo na bo batahaha, bitangira kugira ingaruka ku bakora ubucuruzi buto ku mpande zombi,

    Ubuyobozi bumaze kubona icyo kibazo, Akarere ka Rubavu kemeje ko mu kugikemura, ibicuruzwa bigiye kwambutswa hakurya mu baturanyi bivuye mu Rwanda, bizajya bibanza kunyuzwa ku masoko yo mu Karere ka Rubavu.

    Ni amasoko arimo irya Mbugangari rizwiho gucuruza inyanya, irya Rugerero ricururizwamo imbuto, irya Karukogo ricuruza inkoko, n'iriri ku mupaka ryifashishwa n'Abanyarwanda n'Abanye-Congo.

    Byakozwe mu buryo bwo guca ibyo bikorwa kugira ngo abahahira muri ayo masoko bo mu Rwanda na RDC babone uko bahaha byoroshye, kuko bari basigaye babura ibicuruzwa kandi bitari uko byabuze ahubwo byikubiwe na bamwe.

    Ni ibintu ba nyiri za modoka batumvise neza, banga kunyura muri iyo nzira, batangira gukwirakwiza ibihuha ko u Rwanda rwafunze ibicuruzwa byoherezwa muri RDC, bizana urujijo mu bantu.

    N'abo muri RDC babaye ibamba batsimbarara ko ibicuruzwa bizanwa ku magare na moto bitagomba kwinjira, kugira ngo hinjire ibiri muri za modoka.

    Umwe mu bacuruzi bato bagizweho ingaruka n'ibyo byemezo by'abikubiye isoko ati”Abacuruzi bato ntabwo turi kwibona mu bucuruzi bukorwa hagati y'ibihugu byombi. Turasaba ko umucuruzi yakwigererayo buri wese mu bushobozi bwe.”

    “Ibyo bintu by'amasezerano nibiseswe cyane ko babikoze bonyine nta wundi bahagarariye. Abakora ubucuruzi bunini nibacuruze n'abato ducuruze. Ikindi Abanyarwanda nitubyumba n'abo muri RDC bazabyumva.'

    Amakuru ni uko u Rwanda rwamenye iby'icyo kibazo n'ingaruka kiri guteza, ndetse kiri gukurikiranirwa hafi kugira ngo gikemurwe, abari muri ibyo bikorwa byo kwikubira baganirizwe, abakoze ibihanwa n'amategeko bahanwe.

    Ni ikibazo kigaragaza uburyo u Rwanda na RDC bigomba gufatanya kugira ngo himakazwe ubucuruzi budaheza ndetse bwungura ibihugu n'abaturage bose nta baririye abandi mu mibare.

    Buri gitondo urujya n’uruza rw’abaturage hagati y’u Rwanda na RDC baba bambuka umupaka ubahuza bajya mu bucuruzi no guhaha

    Abari kuri moto, abakoresha amagare, imodoka n’abanyamaguru bose basanzwe bahahirana hagati ya RDC n’u Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/icukumbura-ku-matsinda-y-abanyarwanda-n-abanye-congo-bashatse-kwikubira-isoko

  • Intore zo ku Rugerero zakoze ibikorwa bifite agaciro ka miliyari 6 Frw mu myaka itatu – #rwanda #RwOT

    Abarangije amashuri yisumbuye bose banyura mu itorero ry'igihugu no mu bikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakigishwa indangagaciro nyarwanda na kirazira, nyuma bakajya gukora ibikorwa bibatoza umuco w'ubukorerabushake.

    Umuyobozi ushinzwe Itorero no guteza imbere umuco muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Uwacu Julienne, ubwo yari mu munsi mpuzamahanga w'ubukorerabushake kuri uyu wa 5 Ukuboza 2024 yatangaje ko ibikorwa by'intore ziri ku rugerero bigira uruhare mu iterambere ry'igihugu.

    Ati 'Mu myaka itatu ishize, guhera mu 2022 duteranyije ibikorwa byakozwe mu gihe cy'urugerero byitabirwa n'abana barangije amashuri yisumbuye bigera hafi kuri miliyari 6 Frw birimo kubakira abatishoboye, gukora uturima tw'igikoni, gukora imihanda, n'ibindi.'

    Yagaragaje ko kuva ku wa 26 Ukuboza 2025 hazatangira itorero ry'Inkomezamihigo icyiciro cya 12, muri Mutarama hakazahita hakorwa ibikorwa by'urugerero.

    Ati 'Urugerero na rwo ruzongera rube umwanya wo gufasha urubyiruko gusobanukirwa, aho kivuye n'uruhare rwabo mu kucyubaka.'

    Ibikorwa by'urugerero bizabanzirizwa n'itorero ry'igihugu ku basoje amashuri yisumbuye nyuma hazakurikireho ibikorwa bizakorerwa mu tugari two hirya no hino mu gihugu.

    Urugerero rukorwa iminsi itanu mu cyumweru, kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, urubyiruko rugakora ibikorwa bisanzwe iminsi ine, ku wa gatanu rugahabwa ibiganiro rukanatozwa akarasisi n'Intambwe y'Intore y'Ingabo Nziza n'iya Mutima w'urugo.

    Mu mwaka w'amashuri wa 2023/2024, ababonye amanota 50% ni bo byemezwa ko abarangije amashuri yisumbuye, ari na bo bazajya mu itorero ry'igihugu no ku rugerero. Imibare ya Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko abanyeshuri batsinze ibizamini bya Leta ari 71.746.

    Uwacu Julienne yagaragaje ko ibikorwa by’urugerero byakozwe mu myaka itatu ishize bifite agaciro ka miliyari 6 Frw

    Umuhanzi Niyo Bosco yasoje kuririmba asaba kuramukanya n’abayobozi bari aho

    Amafoto: Habyarimana Raoul


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/intore-zo-ku-rugerero-zakoze-ibikorwa-bifite-agaciro-ka-miliyari-6-frw-mu-myaka

  • Twarakuranye- Bushali kuri Muhire Kevin yitez… – #rwanda #RwOT

    Imibare ya hafi igaragaza ko uyu mukino ushobora kuzinjiriza Rayon Sports nibura Miliyoni 200 Frw; kuko menshi mu matike yashize ku isoko. Ibi wabishingira mu kuba, ku wa 3 Ukuboza 2024, amatike yari amaze kugurishwa yari afite agaciro ka Miliyoni zirenga mirongo itandatu (61.400.000 Frw). 

    Uyu mukino w'ishiraniro w'Umunsi wa Gatatu wa Shampiyona utarabereye igihe uzaba ku wa Gatandatu tariki 7 Ukuboza 2024 kuri Sitade Amahoro, guhera saa kumi n'ebyiri z'umugoroba.

    Itike ya make muri uyu mukino ni ukwishyura 3000 Frw na 5000 Frw, ni mu gihe iya menshi ari 1.000.000 Frw.

    Uyu mukino watangiye kuvugwa na mbere y'uko umunsi ugera; ndetse buri ruhande rugaragaza ko rwiteguye gutahukana intsinzi uko byagenda kose.

    Bushali usanzwe ari umufana wa Rayon Sports, yabwiye InyaRwanda ko asanzwe ari inshuti ya Kapiteni w’iyi kipe, Muhire Kevin, ahanini biturutse mu kuba 'barakuranye' muri karitsiye.

    Avuga ko ashingiye ku bushobozi bwe, ntagushidikanya ko azahesha Rayon Sports intsinzi. Yavuze ati “Muhire Kevin ndamwizera cyane, ndamwizera birenze, kuko afite amaraso ashyushye, kuva bwa mbere mubona akina umupira w’amaguru.

    Ikintu namwisabira ni uko kuri uriya munsi wo ku wa Gatandatu atuzanira intsinzi y’ibitego nka 3. Ibindi azabiharire bagenzi be nka Niyonzima Seif, Ombolega, bizaba ari ibintu birenze.”

    Bushali yavuze ko aziranye cyane na Muhire Kevin kandi amuzi nka Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports “nanjye ubu narakuze ndi kapiteni w’ikipe ya Kinyatrap”. Yakomeje ati “Urumva twagize inshingano zitandukanye, ariko mu buzima busanzwe ni inshuti yanjye.”

    Uyu muraperi yavuze ko nyuma yo gushyira hanze Album ye ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki, kuri uyu wa Kane arayishyira ku rubuga rwa Youtube. Ati “Ni Album izaba iryoshye cyane! Abantu bagomba kuba biteguye cyane.”

    Unyujije amaso mu ndirimbo zigize iyi Album, Bushali yongeye kumvikanisha umwimerere wa Kinyatrap, ariko kandi anakorana n'abantu bagize uruhare mu gutuma uyu munsi izina rye ryaracengeye cyane. 

    Album ye iriho indirimbo “Isaha” yakozwe na Producer Yewe, ‘Ubute’ yakozwe na Elvis Beat, ‘Zontro’, ‘Iraguha’ yakoranye na Slum Drip na B-Threy, ‘Tugendane’ yakozwe na Hubert Beat, ‘Imisaraba’ yakozwe na Pastor P, ‘Saye’;

    ‘Ijyeno’,’Hoo’ yakozwe na Muriro, ‘Unkundira Iki’ yakoranye na Kivumbi King, ‘Moon’ yakoranye na Khaligraph Jones, ‘Kuki uneza i nigguh?’ yakoranye na Nillan, ‘Mbere rukundo’ yakozwe na Muriro, ‘Monika’ yakozwe na Package, ‘Gun’ yakozwe na Lee John, ‘Paparazzi’ yatunganyijwe na Stallion, ndetse na ‘Sinzatinda’ yakozwe na Kush Beat.

    Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Bushali yavuze ko Album ye yayise ‘Full Moon’ kubera ko n’umuhungu we w’imfura yitwa ‘Bushali Moon’ kandi yashakaga kwiyumvisha ubuzima bw’abantu batishoboye.

    Yavuze ko yakuriye mu buzima butari bwiza, ari nayo mpamvu ukwezi kwamubereye impamba yo gukomeza kwitekerezaho no kugerageza gusingira inzozi ze.

    Bushali yavuze ko ukwezi gufite igisobanuro kinini mu buzima bwe, kuko azi neza ko buri joro ryose yaraye yari amurikiwe n’ukwezi.

    Ati “Ni Album nakoze ngendeye ku mateka yanjye, ukuntu nakuze, ubuzima nakuriyemo, ngendeye no ku muhungu wanjye, ngendeye no ku muryango wanjye, n’umugore wanjye, ubu mfite abana babiri, harimo ‘Moon’ na ‘Sun’.”

    Yavuze ko iyo izuba rirenze nibwo ukwezi kugaragara. Atekereza gukora iyi Album, yishyize mu mwanya w’umuryango we, ndetse anatekereza ku muryango mugari w’abantu bakunze ibihangano bye mu myaka itandukanye ari mu muziki.

    Bushali yavuze ko umuryango wamubaniye neza mu ikorwa ry’iyi Album, kuko bamuhaye ibitekerezo by’ukuntu igomba gukorwa, kandi mu kuyimurika yarabifashishije ku bifuniko (Cover) biyigaragaza.


    Bushali yatangaje ko afite icyizere cy'uko Muhire Kevin azahesha intsinzi ikipe ya Rayon Sports

    Rayon Sports ishobora kuzinjiza arenga Miliyoni 200 Frw ku mukinoa na APR FC

    Muhire Kevin asanzwe ari Kapiteni w'ikipe ya Rayon Sports, ndetse akora ibikorwa kenshi biganisha ku ntsinzi 

    Bushali ari kumwe na mugenzi we B-Threy bakurikiranye umukino wa Rayon Sports na Muhazi FC, wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Ukuboza 2024  

    KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE N'UMURAPERI BUSHALI

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149261/twarakuranye-bushali-kuri-muhire-kevin-yitezeho-guhesha-intsinzi-rayon-sports-imbere-ya-ap-149261.html

  • Inenge ziri mu buryo bwo gushaka abakozi mu nzego za leta mu mboni za Senateri Evode Uwizeyimana – #rwanda #RwOT

    Kuva hatangizwa uburyo bwo gusaba akazi no gupiganira imyanya mu bigo bya Leta hakoreshejwe ikoranabuhanga, ibigo byinshi byasabwe kwifashishwa ubu buryo.

    Umukandida ugize igiteranyo cy'amanota 70% kuzamura mu kizamini cyanditse n'icyo kuvuga aba yatsinze, haba hari abamurushije agashyirwa ku rutonde rw'abategereje.

    Ibigo bya Leta bigirwa inama yo kubanza kureba kuri urwo rutonde mbere yo gukoresha ibizamini kuko bihenda ariko bikanemererwa gusaba kwikoreshereza ibizamini mu gihe hakenewe abakozi bafite ubumenyi bwihariye.

    Ubwo Abasenateri bagize Komisiyo y'Imibereho y'Abaturage n'Uburenganzira bwa Muntu bagezaga ku Nteko Rusange ya Sena raporo ku isuzuma ry'ibikorwa bya Komisiyo y'Abakozi ba Leta, hagaragajwe ko hari abantu barenga ibihumbi bine bari ku rutonde rw'abatsinze ibizamini by'akazi muri Leta bategereje ahazaboneka umwanya.

    Senateri Clotilde Mukakarangwa yavuze ko gushyira abatsinze ibizamini ku rutonde rw'abategereje ari byiza ariko ikibazo ari uko usanga hariho abagize amanota make kandi inzego zikeneye abafite ubumenyi bwo hejuru.

    Ati 'Icyo nshima ni uko byajya bikorwa bakajya kuri urwo rutonde ariko wenda urundi rwego na rwo rushaka umukozi na rwo rushaka wa wundi uzagira 85% […] nashimye ko komisiyo yihaye iyo nshingano kugira ngo izasesengure imiterere y'icyo kibazo.'

    Senateri Evode Uwizeyimana yagaragaje bidakwiye guhatira ibigo byose gushaka abakozi kuri urwo rutonde kuko hari n'abo wahakura ntibagira icyo bafasha aho bagiye kuko atari byo bize.

    Ati 'Urwego nka RDB, rurafata umunyamategeko ku rutonde [waiting list] utarize amategeko ajyanye n'ubucuruzi, utarize amategeko ajyanye n'ishoramari muzi inshingano zarwo, umuntu wagiye gukora ikizamini ashaka kuba umujyanama mu by'amategeko mu kigo cy'ubutaka kuko buriya abanyamategeko iyo umuntu arangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza aba ameze nk'umuganga wize ubuvuzi rusange.'

    Yahamije ko 'Muganga wize ubuvuzi rusange akunda kwibwira ko ibintu byose abizi, ntabwo ari umuganga w'abana, umuganga uvura indwara z'abagore, habaho ubumenyi bwihariye ushobora rero gusanga urwego runaka rushaka umuntu by'umwihariko wize amategeko ajyanye n'ubucuruzi cyangwa gukora amasezerano […] ndagira ngo mvuge kuri iki kintu cyo kuvuga ngo abantu bazajya bajya muri rusange ku rutonde rw'abatsinze ibizamini guteruramo abantu batazagira ikintu bamara.'

    Senateri Uwizeyimana yashimangiye ko mu gihe hari urwego rukeneye umuntu ufite ubunararibonye mu bintu runaka, hakorwa ikizamini kugira ngo aboneke.'

    Mu mwaka wa 2023/2024, inzego za Leta 70 zakuye abakozi 620 ku rutonde rw'abategereje gushyirwa mu myanya mu gihe abarenga ibihumbi bine bakiruriho.

    Inzego zishinzwe umurimo zigaragaza ko hari n'abari mu myanya y'imirimo ya Leta usanga barakoze ibizamini mu bindi bigo cyangwa abapiganira imyanya itandukanye ahantu henshi bituma imibare y'abakeneye akazi biyongera cyane.

    Imibare igaragaza ko abarenga ibihumbi 577 bashatse gupiganira imyanya y'akazi 2970 yashyizwe ku isoko mu 2023/2024, abujuje ibisabwa baba ibihumbi 382, bangana na 62%. Abagera ku 91.820 bitabiriye ibizamini, hatsinda 5781.

    Abasenateri bagaragaje ko hakwiye gukemurwa ibibazo bigaragara mu micungire y’abakozi ba Leta


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/senateri-evode-uwizeyimana-ntiyumva-impamvu-inzego-zose-zashakira-abakozi-kuri

  • U Rwanda ruri mu biganiro byo kubaka hoteli y'inyenyeri esheshatu – #rwanda #RwOT

    Iri shoramari ryagarutsweho n'Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda.

    Cyari kiri mu murongo wo gusobanura icyemezo Leta y'u Rwanda iherutse gufata cyo kuzamura ingano y'amafaranga ya pansiyo abakozi bakatwa ku mushahara.

    Kimwe mu byo Rugemanshuro yabajijwe ni ikijyanye n'ishoramari RSSB ikora, by'umwihariko iryo yakoze mu mirimo yo kubaka no kwagura ikibuga cya Golf giherereye i Nyarutarama.

    Mu gusubiza, yavuze ko uyu ari umushinga wunguka kandi ugakurura n'irindi shoramari, ashimangira ko kuri ubu hatangiye ibiganiro byo kubaka hoteli y'inyenyeri esheshatu mu nkengero z'ikibuga cya golf.

    Ati 'Ikibuga cya golf ni umushinga wunguka, icya kabiri ni uko gikurura n'irindi shoramari, aho tuvugira ubu twishimiye gutangaza ko turi mu biganiro bya nyuma n'umushoramari w'umunyamahanga ushaka kubaka hoteli y'inyenyeri esheshatu mu nkengero z'ikibuga cya golf.'

    Yakomeje avuga ko 'Ibyo bintu ntabwo byashoboka udashoye imari mu bikorwaremezo, aho ufite kilometero 47 z'ibikorwaremezo, inzu nziza y'inyenyeri eshanu yakira abakinnyi, kugira ngo wumvishe umushoramari azane amafaranga ye aba yavunikiye ngo yubake hoteli y'inyenyeri esheshatu.'

    Mu gihe iyi hoteli yaba yubatswe ni yo ya mbere yo ku rwego rw'inyenyeri esheshatu igihugu cyaba kibonye, kuko izihasanzwe ziri ku rwego rwo hejuru zifite inyenyeri eshanu.

    Hashize igihe gito u Rwanda rutangiye kwimakaza ibijyanye n'ubukerarugendo bushingiye kuri Golf, ibizwi nka 'Golf Tourism'.

    Iki cyerekezo cyatumye hafatwa umwanzuro wo kuvugurura no kwagura Ikibuga cya Golf cya Kigali (Kigali Golf Resort & Villas) giherereye mu Karere ka Gasabo, mu Murenge wa Kacyiru.

    Iki kibuga cyaraguwe mu buryo bugaragarira amaso kuko cyavuye ku myobo icyenda cyari gifite kigera kuri 18. Cyavuye kandi ku buso bwa hegitari 18 cyari gifite mbere, bugera kuri hegitari 52.

    Mu cyiciro cya mbere cy'uyu mushinga, Leta y'u Rwanda yashoye miliyari 17,7 Frw, zikubiyemo kubaka ikibuga ubwacyo, kugura imashini zo kucyitaho, kubaka inzu zizakenerwa ku kibuga (shelter houses) n'ibindi bikorwa byo gutunganya iruhande rwacyo, kugira ngo ikibuga kijye ku rwego mpuzamahanga.

    Kuri ubu hamaze no kuzura inzu igezweho y'inyenyeri eshanu iri mu za mbere muri Afurika zubakwa ku bibuga bya Golf 'Club House', izajya ifasha abakina kuruhuka, gufata amafunguro, gukoresha 'Gym', kuganira, kwakira inama nto, n'ibindi.

    Kuvugururwa kw'iki kibuga byatumye u Rwanda ruba mu bihugu bifite ibibuga bigezweho muri Afurika kandi bishobora kwakira amarushanwa akomeye arimo n'ayo ku rwego rw'Isi.

    Iyi hoteli izubakwa mu nkengero z'ikibuga cya Golf i Nyarutarama


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-ruri-mu-biganiro-byo-kubaka-hoteli-y-inyenyeri-esheshatu