Blog

  • Dorcy Rugamba yagaragaje ishyari no kutigir… – #rwanda #RwOT

    Dorcy Rugamba ni umwanditsi, umubyinnyi n'umukinnyi wa filime wamenyekanye mu bihangano binyuranye. Muri Nyakanga 2024, yamuritse, yamurikiye i Kigali igitabo yise 'Hewa Rwanda: Lettre aux absents' gishingiye ku nkuru y'umuryango we. 

    Uyu mugabo ari mu batanze ikiganiro cyagarutse ku rugendo rwo kwiyubaka rw'ubuhanzi, yahuriyemo na Kwizera, washinze ikigo cya Kigali Photography gitanga serivisi zitandukanye zijyanye no gutunganya amashusho n'itumanaho, ndetse na Samuel Sangwa Muteba, uri mu bayobozi ba CISAC. 

    Ni ikiganiro batanze mu muhango wo gusoza amasomo y'Icyiciro cya Kabiri cya ArtRwanda-Ubuhanzi, mu muhango wabereye muri Kigali Convention Center, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Ukuboza 2024.

    Ubwo yari muri iki kiganiro, Dorcy Rugamba yumvikanishije ko umuhanzi ari nk'undi wese ugendwa n'indangagaciro zireba abantu bose. Ati 'Umuhanzi agirwa n'indangagaciro zireba n'abandi bantu bose, ariko kubera ibihangano bye, ashobora kuba icyitegerereze cyane ku bakiri bato, ni nayo mpamvu agomba kwitwara neza.”

    Yavuze ko ku buzima bw'umuhanzi byihariye, kuko imyitwarire ye ituma hari abantu bamufatiraho urugero, bityo akwiye gukora ibikorwa bye atekereza ko hari ibihumbi by'abantu bamuhanze ijisho, bashobora kwigana ibyo akora, yaba ibyiza cyangwa se ibibi.

    Dorcy Rugamba yavuze ko kuva na cyera abahanzi babayeho, aho usanga umuntu yarafataga inzira akiyemeza kubukora nk'ibintu bizamutunga, kandi bigatunga n'abe bose.

    Uyu mugabo yashimangiye ko 'umuhanzi niwe muntu wa mbere ugomba kwigirira icyizere'. Ati 'Hari ubwo njya mpura n'abahanzi bakiri bato ugasanga baracyafite gushidikanya kwinshi, aracyafite ibibazo, ukabona y'uko akeneye icyizere muri we. Icyo kintu rero atagifite muri we, ubona ko ariwe mbogamizi ya mbere, ikubuza gutera imbere.'

    Yavuze ko ushimwa n'abandi kubera ko 'wowe wabanje gushima ibyo ukora'. Rugamba yasobanuye ko kuba umuhanzi rimwe na rimwe, bisaba kubanza gutunganya impano, ariko kandi kuba yahita itakirwa neza muri sosiyete ntibikwiye kuguca intege.

    Rugamba yavuze ko umuhanzi akwiye gushyiraho uburyo no kwiyumvamo ko uko byagenda ko niyo ibintu byatinda, ariko igihe kizagera bigakunda.

    Yasobanuye ko hari abahanzi bavukana impano, ariko ko n'iyo byagenda uko akwiye kuyagura. Ariko kandi umuhanzi akwiye gukorana n'abandi, kuko 'atazakora byose azakenera kugirango agere imbere'.

    Rugamba yavuze ko isoko ry'ubuhanzi ni rinini cyane kandi 'kugirango urigereho ni uko aba afite abo bantu bazamugezayo'.

    Yanavuze ko kimwe mu bintu bisubiza inyuma abahanzi, harimo n'ishyari/amahari, usanga arangwa hagati ya bamwe na bamwe, n'ubwo avuga ko atari ibintu biri mu bahanzi gusa, kuko usanga biri no mu bandi bantu.

    Rugamba yasobanuye ko bitumvikana ukuntu umuhanzi atera intambwe ugasanga 'abandi baramwikanze, bikamera nk'aho abatwaye abantu'. Ati 'Ni ukwibeshya mu by'ukuri..'

    Yavuze ko iyo igihugu kigize umuhanzi ukora igikorwa kikamenyekana hirya no hino ku Isi, bifasha na bagenzi be kumenyekana mu buryo bworoshye.

    Atanga urugero akavuga ko, benshi mu bakora filime muri Senegal, muri iki gihe, bagendera cyane ku izina ryubatswe na mugenzi wabo wababanjirije mu kibuga.

    Ati 'N'aha ngaha rero ntabwo ari ngombwa y'uko abahanzi batekereza uyu nguyu duhanganye, ni ukwibeshya, hari igihe bibaca intege, bikabasubiza inyuma, ahubwo aho kugirango mukorane mugapfa ubusa.”

    Dorcy ni umwe mu banyarwanda bake bagize ibikorwa by'umuco nk'umwuga. Impano yo kubikunda akaba yarabikuye kuri se wari umusizi n'umushakashatsi w'intyoza, Rugamba Cyprien.

    Muri 1976, yinjiye mu itorero Amasimbi n'Amakombe, afite imyaka 7 gusa. Hagati aho yize amashuri abanza muri Ecole Belge de Butare, akomereza muri Seminari nto ya Karubanda (PS Virgo Fidelis); ngo icyo yakundaga cyane mu Masimbi n'Amakombe ni ukwiyereka kw'intore.

    Umwanditsi, umubyinnyi n'umukinnyi, Dorcy Rugamba yabwiye abahanzi kwigirira icyizere no kwirinda kugira ishyari mu byo bakora

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149305/dorcy-rugamba-yagaragaje-ishyari-no-kutigirira-icyizere-nkibisubiza-inyuma-umuhanzi-149305.html

  • Ku nshuro ya kabiri, mu ndimi zirenga 7, Chor… – #rwanda #RwOT

    Uretse gutarama mu njyana n’indimi z’amahanga zitandukanye, intego nyamukuru y’iki gitaramo ni uko inkunga izakivamo izakoreshwa mu gushyigikira ikigo cy'Ababikira cya Notre Dame de la Compassion cyita ku banyantege nke gikorera I Nyamata.

    Nkuko tubikesha ubuyobozi bw’iyi Korali, icyo gitaramo kizaba kuri iki cyumweru tariki ya 08 Ukuboza 2024 kuva saa kumi z'umugoroba muri salle nziza ya Sunrise Guest House i Nyamata mu karere ka Bugesera.

    Tuganira n’umuyobozi wa Chorale Hervé Isingizwe yadutangarije ko ari igitaramo ngaruka-mwaka kizajya kiba mu gihe abakristu gatolika bizihiza umunsi mukuru  w’ubutasamanywe icyaha bwa Bikiramariya. 

    Bwana Hervé yakomeje agira ati : “ni Umwanya mwiza w'iyi Korali kugira ngo ibashe gutaramira abakunzi bayo mu njyana zirata umubyeyi Bikiramariya ariko tunitegura amaza y’umucunguzi wacu Yezu Kristu niyo mpamvu haba harimo n’injyana za Noheli izo bakunda kwita Christmas carols.

    Abakunzi ba RUHAGO n’umuco nyarwanda mushonje muhishiwe

    Nk’uko Bwana Hervé Isingizwe yabidusobanuriye, abakunzi ba Ruhago ndetse n’abakunzi b’injyana zibanda ku muco nyarwanda bahishiwe byinshi byiza muri icyo gitaramo kuko hazaba harimo injyana zerekeye ibyo byiciro.

    Ni ugutarama bifite intego

    Uretse kuramya umukiza, iki gitaramo kizakusanyirizwamo inkunga izashyikirizwa ikigo cy'Ababikira cya Notre Damme de la Compassion cyita ku banyantege nke giherereye mu Karere ka Bugesera kugira ngo gifashwe mu gukomeza kwigomwa no kwitanga ku bw’uyu murimo utoroshye.

    Amaticket aboneka ate?

    Ku bantu bifuza kugura itike yo kwinjira muri iki gitaramo cy'amateka, ubu biroroshye cyane. Wabona itike kuri Paruwasi ya Nyamata kandi mu gihe utahageze, wakoresha ikoranabuhanga unyuze kuri www.ibitaramo.com

    Ibiciro by'amatike ni ukuva ku mwafaranga 2,000Rwf, 5,0000Rwf ndetse n'amafaranga 15,000Rwf.

    Mu gihe kandi haba hari andi makuru wifuza kumenya kuri iki gitaramo cyangwa indi nyunganizi iyo ariyo yose igendanye n'iki gitaramo, wahamagara 0788396524.


    Chorale Friends of Mary igiye gutaramira abakunzi bayo mu gitaramo Immaculate Mary 2nd Edition


    Iki gitaramo kizajya kiba ngarukamwaka ariko bitabujije ko nta bindi bitaramo bakora


    Imyiteguro ya Chorale yo yararangiye hasigaye umunsi nyamukuru w’ibirori

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/148866/ku-nshuro-ya-kabiri-mu-ndimi-zirenga-7-chorale-inshuti-za-mariya-yabateguriye-cya-gitaramo-148866.html

  • Umuriro uraka hagati y'umukino ugiye guhuza ikipe ya Rayon Sports na APR Fc #rwanda #RwOT

    Uyu munsi, tariki ya 7 Ukuboza 2024, hateganyijwe umukino ukomeye hagati y'ikipe ya Rayon Sports n'ikipe ya APR FC kuri Stade Amahoro i Kigali, ugazatangira saa kumi n'ebyiri z'umugoroba.

    Uyu mukino w'ikirarane cy'umunsi wa gatatu wa Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League), ni umwe mu mikino itegerejwe cyane kubera amateka y'ubuhanganire bw'aya makipe yombi.

    Ikipe ya Rayon Sports, iyoboye urutonde rwa shampiyona, irakina idafite rutahizamu Alseny Camara Agogo, umaze gutandukana n'ikipe, hamwe n'abandi bakinnyi bafite ibibazo by'imvune cyangwa amakarita.

    APR FC, iri ku mwanya wa 3 n'amanota 19, nayo irimo abakinnyi bavunitse, ariko yahaye imbaraga abafite ubushobozi bwo gukora itandukaniro uyu munsi.

    APR FC imaze imikino ine idatsinda Rayon Sports, ibintu bikomeza kotsa igitutu iyi kipe y'ingabo ngo yitware neza muri uyu mukino w'uyu munsi​.

    Uyu mukino ugiye kuba ishusho ya shampiyona y'uyu mwaka, kandi utegerejweho guha icyerekezo gishya buri kipe mu rugendo rwo gushaka igikombe.

    Source : https://kasukumedia.com/umuriro-uraka-hagati-yumukino-ugiye-guhuza-ikipe-ya-rayon-sports-na-apr-fc/

  • Abanyempano 60 basoje amahugurwa muri ArtRwanda-Ubuhanzi (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Amahugurwa yari ajyanye n'uburyo batyaza impano zabo bakazibyaza umusaruro. Abasoje amasomo bashimiwe na Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah.

    Ni igikorwa cyabaye ku wa 06 Ukuboza 2024 kibera muri Kigali Convention Centre. Abanyempano 60 basoje amahugurwa bakuwe mu bandi 1700 bari bahatanye mu gihugu hose.

    ArtRwanda-Ubuhanzi yakozwe ku bufatanye na Imbuto Foundation, Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi , Ishami rya Loni rishinzwe Iterambere (UNDP) n'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi(EU).

    Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Elodie Shami, yavuze ko mu ntego bashyize imbere ari uguteza imbere inganda ndangamuco, cyane ko uyu mushinga watangiye hagamijwe gushyigikira urubyiruko rufite impano.

    Yavuze ko uretse impano gusa ahubwo dushaka ko ba nyirazo bazivanamo umurimo.
    Avuga ibi ashingiye ku bahanzi basoje mu cyiciro cya mbere cya ArtRwanda-Ubuhanzi, bamaze gushinga ibigo by'ubucuruzi 39 bakanahanga imirimo irenga 700.

    Yagarutse ku bijyanye n'uko mu ntangiriro za ArtRwanda-Ubuhanzi, bahuye n'imbogamizi zirimo imyumvire, aho abantu batumvaga neza ubuhanzi, icyakora agaragaza ko byatangiye kugenda bigabanyuka.

    Ati 'Ababyeyi batangiye kwizera abahanzi no gushyigikira abana babo. Mboneyeho gusaba abahanzi turi kumwe hano ko batera intambwe mu gusukura uyu mwuga.'

    Umuyobozi w'ishami ry'imiyoborere muri UNDP mu Rwanda, Aimée Muziranenge, yashimye abafatanyabikorwa bose bagira uruhare mu gutuma ArtRwanda-Ubuhanzi ikomeza gutera imbere.

    Yagaragaje ko bazakomeza gushyigikira ibikorwa bya Guverinoma y'u Rwanda. Ati 'Nka UNDP dutewe ishema n'ubwo bufutanye. Iyo tuje aha turi kumwe n'urubyiruko rungana gutya rwabonye imbere heza, natwe bidutera ishema nka Loni.''

    Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yashimiye abasoje amahugurwa ati 'Reka dushimire aba basore n'inkumi bagerageje kwiga bagafata, bakamara umwaka, uyu munsi bakaba bahawe impamyabumenyi zerekana ko babikoze neza.'

    Yavuze ko mu mwaka bagiye kumarana igice cy'ubuhanzi muri minisiteri ayoboye, babonye ko ari igice kigoye cyane gukurikirana.

    Ikintu gikomeye ashimira Imbuto Foundation yagize uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry'uyu mushinga, ari uko muri ArtRwanda-Ubuhanzi badaheza uwo ari we wese yaba uwize cyangwa utarize, umukene n'umukire bose baba bemerewe kugaragaza ubuhanga bwabo.

    Ati 'Imbuto Foundation irema umunyarwanda mu buryo bwuzuye.'

    Abasoje amasomo yabo bari mu byiciro birimo Kwandika no gutunganya filime, gufotora, ubugeni bwifashishije ikoranabuhanga, imbyino, imideli, umuziki n'ubusizi n'ubuvanganzo.

    Wari umugoroba w’ibyishimo ku basoje amahugurwa muri ArtRwanda – Ubuhanzi

    Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Elodie Shami yagaragaje ko ArtRwanda – Ubuhanzi imaze gufasha benshi

    Umuyobozi muri UNDP Rwanda, Aimée Muziranenge, yashimye abafatanyabikorwa bose bagira uruhare mu gutuma ArtRwanda-Ubuhanzi ikomeza gutera imbere

    Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Elodie Shami, yashimye ubuhanga bw’abo muri ArtRwanda-Ubuhanzi

    Tanga Designs na Kabano Franco bazwi mu ruganda rw’imideli ni bamwe mu bari bitabiriye

    Umuhanzi Bushayija Pascal ni umwe mu bari bitabiriye iki gikorwa

    Riderman akurikiye abagaragazaga impano muri ArtRwanda-Ubuhanzi

    Ross Kana yari ari muri iki gikorwa

    Nelly na Lucky ni bo bayoboye iki gikorwa

    Musafiri James watunganyije filime yerekanwe muri uyu muhango, yavuze uburyo yasoje amasomo ya Kaminuza mu ibaruramari agatangira gushaka uko yinjira mu buhanzi n’ubwo bitamworoheye

    Niyitegeka Gratien (ubanza iburyo) uzwi nka Seburikoko ni umwe mu bari bitabiriye

    Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yashimiye abasoje amasomo yabo ku muhate bagize

    Imyambaro yahanzwe na bamwe mu banyuze muri Art Rwanda-Ubuhanzi yari ihari ku buryo abagiraga iyo bashima bari bemerewe kwihahira

    Mazimpaka Jones Kennedy uzwi mu bikorwa bitandukanye byerekeye ubuhanzi yari yitabiriye iki gikorwa

    Junior Giti ni umwe mu bari bitabiriye. Yari kumwe na Serge Muhizi usanzwe ufasha Kevin Kade mu bikorwa bye bya muzika

    Hope Azeda watangije umushinga wa Mashirika ni umwe mu bari bitabiriye

    Director Gad na Ross Kana ni bamwe mu bari bitabiriye iki gikorwa

    Diana Mpyisi ni umwe mu bari bagiye kwihera ijisho aba banyempano

    Bushayija Pascal na Riderman ni bamwe mu bari bitabiriye iki gikorwa. Hano berekwaga bimwe mu byakozwe n’uru rubyiruko

    Aimable Twahirwa usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Iterambere ry'Umuco muri Minisiteri y’Urubyiruko yari ari mu bitabiriye

    Abasoje amasomo yabo bahawe umwanya bagaragaza ibyo bungutse

    Abanyempano bagaragaje impano zitandukanye bafite

    Abanyuze muri ArtRwanda mu myaka yashize bari bitabiriye

    Abanyempano 60 basoje amahugurwa muri ArtRwanda-Ubuhanzi bashimiwe ubwitange bagaragaje

    Abakobwa bahawe izina ry'Ibyanzu (babiri bari ibumoso), binyuze mu mushinga wa Rumaga yise Siga Rwanda wa Rumaga, bari mu bitabiriye iki gikorwa cyane ko na bo batsinze umwaka ushize muri ArtRwanda-Ubuhanzi

    Ababyeyi bari baherekeje abana babo

    Aba basore n’inkumi bari bamaze umwaka biga ku guteza imbere impano zabo

    Amafoto: Nezerwa Salomon & Shumbusho Djasiri


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyempano-60-basoje-amahugurwa-muri-artrwanda-ubuhanzi-amafoto

  • Arenga miliyari 859 Frw yarakoreshejwe; Uruhare rwa World Vision mu myaka 30 ishize – #rwanda #RwOT

    Uyu muryango wageze mu Rwanda mu 1994, utanga inkunga y'ibiribwa n'ubuvuzi bw'ibanze n'ibikoresho nkenerwa ku baturage bari bakuwe mu byabo.

    Nyuma y'aho World Vision yagize uruhare mu kubaka no gusana amacumbi yari yasenywe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, inakomerezaho muri gahunda y'ubumwe n'ubwiyunge n'isanamitima.

    Mu 2000 ni bwo uyu muryango waje kwinjira no mu bikorwa byo guteza imbere urwego rw'uburezi binyuze mu gufasha abana b'impfubyi kwiga no kugira uruhare mu kwegereza abaturage ibikorwa remezo nk'amazi, kubaka imidugudu, amavuriro, amashuri, udukiriro n'ibyumba by'ikoranabuhanga (ICT centers), inzu zo kurwanya imirire mibi (nutrition centers) n'ibindi.

    Ubwo hizihizwaga isabukuru y'imyaka 30 umaze, ku wa 3 Ukuboza 2024, Minisitiri w'Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje ko uyu muryango wagize uruhare rukomeye mu iterambere ry'igihugu mu ngeri zinyuranye.

    Ati 'World Vision yaje gufasha mu iterambere by'umwihariko muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo dufatanya mu gutanga amazi meza no mu bijyanye n'isuku n'isukura kandi ni ibintu twishimira cyane ko n'imbere bizadufasha kugeza amazi meza kuri benshi, amashuri n'amavuriro n'ibindi.'

    Yagaragaje ko muri gahunda ya Guverinoma y'u Rwanda y'imyaka itanu, igihugu cyiteze byinshi ku miryango itari iya Leta mu kuyishyira mu bikorwa.

    Yavuze ko kuba World Vision imaze gushora arenga miliyoni 625$ ari amafaranga menshi kandi byagize impinduka nziza ku baturage.

    Ati 'Kuba mumaze gushora arenga miliyoni 625$ ni ikintu gikomeye, ni amafaranga menshi mu mibare ariko biba akarusho ku mpinduka zigaragaza zagiye zibaho nk'uko abaturage babitangamo ubuhamya.'

    Umuyobozi wa World Vision mu Rwanda, Pauline Okumu, yashimiye Leta y'u Rwanda ku bufatanye n'uyu muryango mu rugendo rwo guteza imbere abaturage n'igihugu muri rusange.

    Ati 'Guhera mu 1994 turi guharanira kongera kubaka icyizere, dukomeza no guteza imbere imiryango, haba mu bikorwa by'iterambere no mu guhangana n'ibibazo by'ubutabazi ku bagirwaho ingaruka n'ibiza no gufasha impunzi.”

    “Ibi twabigezeho binyuze mu burezi, kurengera umwana, ubuzima, isuku n'isukura, kongera ubushobozi bwo kwigira, iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza, kurengera no kubungabunga ibidukikije n'ibindi. Uru rugendo ni ikimenyetso cy'imbaraga zituruka ku bufatanye n'intego dusangiye.'

    Yakomeje agira ati 'Uyu munsi, twishimiye kugaragaza bimwe mu byagezweho. Mu myaka 30 ishize, hashowe asaga miliyoni 625 z'amadolari ya Amerika mu kuzamura imibereho myiza y'abana n'imiryango yabo mu Rwanda.'

    Yeshimangiye ko biteguye gukomeza gukorana n'u Rwanda by'umwihariko mu gushyira mu bikorwa gahunda yo kwihutisha iterambere ya NST2.

    Perezida wa World Vision, Andrew Morley, yagaragaje ko nyuma y'urugendo rw'imyaka 30, biteguye gukomeza gufatanya na Leta y'u Rwanda mu kugera ku ntego zarwo.

    Ku rundi ruhande kandi Umuyobozi wa World Vision mu Karere ka Afurika y'Iburasirazuba, Liliane Dodzo, yemeje ko u Rwanda ari igihugu kiri gutera imbere kandi gikwiye kureberwaho n'amahanga mu kwishakamo ibisubizo.

    Abaturage barashima

    Bamwe mu baturage bafashijwe na World Vision mu bihe bitandukanye, baragaragaza ko bishimira ko yabakuye mu bwigunge.

    Mukaruhaba Valerie ati “Ntimwabona ibyishimo dufite, mbere twajyaga kwivuza i Bungwe ukaba wahagenda nk'amasaha abiri kandi niho n'amashuri yabaga ku buryo hari abana bagendaga bakaruha rimwe na rimwe bakagarukira mu nzira.'

    Hagenimana Thacien yagize ati “Twari turiho mu buzima bugoranye ariko ubu bagiye kutwegereza ishuri n'ivuriro, twari tubikeneye ku buryo n'abana bataga ishuri bagiye kujya baza kwiga hafi, abarwayi bivurize hafi ntawe uzongera kurembera mu rugo.'

    Abahawe amazi bashima ko bakikijwe kuvoma ibirohwa mu gihe hari n'abafashijwe kwikura mu bukene.

    Umuyobozi wungirije w'Ikigo cy'Iterambere cy'Abanya-Koreya mu Rwanda, KOICA, Yóo jee Hyun, yavuze nk'abafatanyabikorwa ba World Vision, urugendo rw'imyaka 30 rwabaye intangarugero kandi rutanga umusanzu ukomeye ku iterambere ry'imibereho myiza y'abaturage.

    Umuyobozi w'Amashami ya UN mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, yasabye imiryango mpuzamahanga ikorera mu Rwanda gukomeza kugira uruhare mu bikorwa bitandukanye bikibangamiye imibereho y'abaturage.

    Ubuyobozi bwa World Vision mu Rwanda bwishimira uruhare bwayo mu iterambere ry’igihugu

    Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje ko uruhare rwa World Vision ari ntagereranwa mu myaka 30 imaze

    Umuyobozi wa World Vision mu Karere ka Afurika y'Iburasirazuba, Liliane Dodzo, yashimye iterambere ry’u Rwanda

    Umuyobozi w'Amashami ya UN mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, yashimye uruhare rwa World Vision mu Rwanda

    Bora François yashimye ubufasha yahawe na World Vision n’uruhare rwayo mu myaka 30 ishize

    Sam Bizimana yavuze umuvugo utaka World Vision yamuteye ingabo mu bitugu

    Umuyobozi Mukuru wa World Vision Rwanda, Pauline Okumu, yashimye ubufatanye n’u Rwanda mu myaka 30 ishize

    Umuyobozi wa UNICEF mu Rwanda, Julianna Lindsey, yari mu bitabiriye ibyo birori

    Imbyino z’abasore bo mu Itorero Inyamibwa zari zinogeye ijisho

    Ababyinnyi b’Itorero Inyamibwa ni bo basusurukije abitabiriye ibirori mu mbyino gakondo

    Lion Imanzi ni we wari uyuboye ibyo birori

    Ubwo Minisitiri Dr. Jimmy Gasore yakirwaga

    Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Shami Elodie, ari mu bitabiriye ibi birori

    Abitabiriye ibi birori bafataga ifoto y’urwibutso

    Imyaka 30 ya World Vision mu Rwanda yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye

    Hafashwe ifoto y’urwibutso n’abitabiriye ibyo birori

    Amafoto: Rusa Prince


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/arenga-miliyari-859-frw-yarakoreshejwe-uruhare-rwa-world-vision-mu-myaka-30

  • Ni ubutindi! Minisitiri Utumatwishima yagaye… – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Ukuboza 2024, ubwo yasozaga icyiciro cya Kabiri cya ArtRwanda-Ubuhanzi, cy'abahanzi 60 basoje amasomo yabo, bagahabwa n'impamyabumenyi. 

    Ni mu muhango wabereye muri Kigali Convention Center witabiriwe n'abayobozi mu nzego zinyuranye barimo: Umuyobozi w’ishami ry’imiyoborere muri UNDP mu Rwanda, Aimee Muziranenge, Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Shami Elodie, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'ubuhanzi, Sandrine Umutoni n'abandi.

     

    Asoza icyiciro cya Kabiri cya ArtRwanda-Ubuhanzi, Minisitiri Utumatwishima yavuze ko abahanzi bakwiriye gufashwa kuko banyura muri byinshi.

    'Abahanzi banyura mu nzira zikomeye, ari nayo mpamvu nsaba abantu bose, ko uwo umuhanzi atumiye cyangwa asabye ubufasha twese tuzajya tubafasha.'

    Akomeza avuga ko hakwiye gukomeza gushyirwamo imbaraga mu bijyanye n'itegeko ryo kurengera umutungo mu by'ubwenge. Ati 'Twasanze hari ibintu byinshi tutakoraga neza. Icya mbere, ni ku burenganzira bw'umutungo mu by'ubwenge. Itegeko rihari ni ryiza, ariko ikintu gikomeye twakora neza kurushaho ni ukurishyira mu bikorwa.”

    Utumatwishima yavuze ko n'ubwo bimeze gutya ariko, hacyumvikana abahanzi bagambirira gusubiza hasi bagenzi babo; bakabikora bisunze gushaka abantu bo kuri Radio, kuri Youtube n'ahandi, ubundi bakanjama wa muhanzi adashaka ko atera imbere.

    Yavuze ko 'Nta na rimwe iyo itara ryawe ryaka, ushobora kwatsa itara ry'undi nawe rigakomeza rikaka. Kuzimya mugenzi wawe, kujya kuri Radio ngo bamuvuge nabi, ugashaka aba-Youtuber's bakamutaranga, bakamurenga bakajya mu muryango we, bakavuga ibintu biri ukuri n'ibitari ukuri, ntabwo ibyo ng'ibyo ari ubunyarwanda, si ubusirimu, ubundi ku ruhande byaba ari ubutindi.'

    Utumatwishima yavuze ko umuhanzi yakabaye umuntu ukora ibihangano bye, kandi yashaka no guhangana na mugenzi we akabikora binyuze mu bihangano, buri wese afite ibyo akora, ahozaho agamije kugaragaza uruhare rwe mu muziki.

    Yavuze ko ibikorwa n'abo bahanzi atigeze avuga mu mazina ni 'Umwanda, ni ubutindi, ndetse biri kugenda bivamo n'ibyaha.' Utumatwishima yabwiye urubyiruko ko ibintu birimo gutukana, kubwiranabi 'tuzabireka, ahubwo dutezanye imbere'. Ati 'Ntakizatuma twese tutungukira muri uru ruganda.'

    Utumatwishima avuze ibi mu gihe umuhanzi Mugisha Benjamin [The Ben], aherutse gutangaza ko hari umunyamakuru wamukangishije inkuru ziharabika umuryango we, ndetse ko yabigezeho agasohora amashusho y'abo mu muryango we.

    Avuze ibi kandi mu gihe mu bihe bitandukanye, humvikanye inkuru z'abahanzi banyuranye, batanga amafaranga menshi kugirango bagenzi babo ntibavugwe mu itangazamakuru, n'abandi bishyura abakoresha Youtube bakirirwa bavuga nabi abo bahanganye mu muziki.

    Minisitiri Utumatwishima yagaye abahanzi bagambirira gusubiza hasi bagenzi babo, avuga ko ari ubutindi 

    Utumatwishima yabwiye urubyiruko kwirinda imico mibi, ahubwo bagahanira gusenyera umugozi umwe



     

    KANDA HANO UREBE IJAMBO RYA MINISITIRI UTUMATWISHIMA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149304/ni-ubutindi-minisitiri-utumatwishima-yagaye-abahanzi-bagambirira-kuzimya-bagenzi-babo-vide-149304.html

  • Indyo z'i Kigali n'amahumbezi y'i Karongi: Ambasaderi Khan yagarutse ku bihe atazibagirwa mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Kuva i Rubavu na Musanze umanuka i Kigali na Muhazi, Ambasaderi Khan ntacyo wamubeshya kuko hejuru y'inshingano afite zo gukomeza gushimangira umubano mwiza uri hagati y'ibihugu byombi, anagira umwanya akiga igihugu akoreramo, agakoresha ibitabo asoma amateka ariko nyuma akava mu biro, agatembera yihera ijisho ibikurura abandi basura u Rwanda.

    Mu kiganiro na IGIHE, Ambasaderi Khan yasobanuye indyo akunda mu Rwanda, ibice by'igihugu amaze gusura, amakipe afana n'ibindi by'umwihariko ku buzima bwe.

    Watembereye ibice bitandukanye by'u Rwanda, ni he wakunze kurusha ahandi?

    Aha mbere ni Karongi, nakunze ko ari umujyi muto kandi uri hafi y'Ikiyaga cya Kivu, nahamaze igihe hariya, ni ahantu heza cyane. Ikiyaga cyiza, umutuzo, ubwisanzure, amahumbezi, ni heza cyane. Hari ibintu byinshi bikurura ba mukerarugendo, ushobora kugenda mu bwato, hari ibiti byiza, ni ho hantu ha mbere nakunze.

    Aha kabiri nkunda ni Musanze. Nahagiye inshuro nyinshi, nagiye mu bice hafi ya byose bya Musanze, harankuruye cyane. Ikindi nateranya Musanze na Gisenyi, naho njyayo kureba Ikiyaga cya Kivu. Gisenyi igira restaurant nziza n'ibindi byinshi byo kwakira ba mukerarugendo.

    Ahandi nakunze ni mu Ntara y'Iburasirazuba, nagiye ku Kiyaga cya Muhazi, uturutse mu mpande zayo zose. Abantu batekereza ko Ikiyaga cya Muhazi ari ahantu hamwe, nyamara gifite ahantu henshi [ho kwakirira abantu]. Hari restaurant nyinshi n'ahantu henshi hakurura ba mukerarugendo.

    Nagiye i Huye, njya mu Ishyamba rya Nyungwe, hari ahantu heza. Nagiye i Nyanza gusura ahantu hagaragaza amateka ya kera. Kuva i Gatuna kugera i Nyagatare, i Gisenyi, i Musanze, i Huye, i Cyangugu, hose narahageze kandi narahakunze.

    U Rwanda ni igihugu cy'imisozi 1000, ahantu hose ni heza, iyo urebye imirima y'icyayi n'ikawa, ibiti byiza hose ni heza.

    Ahandi nagiye ni muri Pariki y'Akagera, nahamaze umunsi wose mbona inyamaswa nkuru zose (inkura, ingwe, intare, inzovu, imbogo).

    Wagize amahirwe yo guhura n'abahinzi b'icyayi cyoherezwa muri Pakistan?

    Duherutse kugirana inama n'abahinzi b'icyayi, yarimo n'abaturuka muri Pakistan barenga 30. Rimwe nigeze kuva i Gisenyi ngana i Cyangugu, mbona imirima myinshi y'icyayi. Twagendaga duhagarara, tugasura inganda zitunganya umusaruro w'icyayi n'ikawa, tukaganira n'abahinzi.

    Ku bijyanye n'indyo, ni iyihe yakunyuze cyane?

    Njya ngorwa no kumenya amazina neza, hari [iyitwa] ubugari ngira ngo, nkunda dodo cyane, ziri kumwe n'umuceri ndetse n'inyama y'inkoko.

    Imvange y'ibishyimbo n'umuceri na yo ndayikunda cyane. Indyo y'umuceri urimo inyama ndetse n'ibirungo nabyo ndabikunda.

    Ku giti cyanjye, n'iyo ndi mu rugo cyangwa ndi kuganira n'abandi, mbabwira ko ibiryo byo mu Rwanda ari byiza ku buzima kuko bitanyuzwa mu nganda. Ibiryo byinshi hano bifite intungamubiri nyinshi kandi ntabwo binyura mu nganda.

    Uburyohe bw'ibiryo byo mu Rwanda nabwo ni bwiza, abantu bari mu cyiciro cy'imyaka yanjye, [bageze muri] 40 na 50 [nabagira inama yo kubirya] kuko bifite intungamubiri nyinshi, aho kuba birimo ibirungo byinshi ndetse n'amavuta.

    Muri restaurant na hoteli z'Abanya-Pakistan bari mu Rwanda, ni izihe ukunda?

    Dufite imwe muri restaurant nziza y'Abanya-Pakistan iri mu Mujyi, izwi nka Lahori. [Lahori Taste iherereye muri Car Free Zone mu Mujyi wa Kigali, ikagira umwihariko wo gutegura amafunguro yo muri Pakistan, avanze n'andi aboneka mu bindi bihugu].

    Lahori ni umwe mu mijyi ikomeye muri Pakistan, ni wo mujyi wa kabiri muri Pakistan [inyuma y'Umurwa Mukuru, Islamabad].

    Lahori Taste ni imwe muri restaurant zitegura amafunguro yo muri Pakistan, ikaba iherereye muri Car Free Zone mu Mujyi wa Kigali

    Indi ni Mandy [The House of Mandy iherereye mu nyubako ya Kigali City Tower mu Mujyi wa Kigali]. Dufite hoteli iri Nyarutarama.

    Ikindi ni uko ibiryo byo muri Pakistan no mu Buhinde bijya gusa, gusa Pakistan ikagira umwihariko wo gutegura inyama z'inka, ihene n'izindi. Wenda ibyo ntabwo wabibona mu Buhinde cyane kubera umuco wabo.

    Pakistan igira umwihariko wo gutegura amafunguro arimo inyama.

    Restaurant ya The House of Mandy iherereye kuri Kigali City Tower, ikagira umwihariko wo gutegura amafunguro yiganjemo inyama ndetse ikagira n’umwanya munini uri hanze

    Tubwire incamake y'ubuzima bwawe

    Nyuma yo kwiga kaminuza, natangiye ishuri ryigenga. Ushobora kuba warumvise Malala Yousafzai wanaje i Kigali, yatsindiye igihembo cy'Amahoro cya Nobel [mu 2014 ubwo yari afite imyaka 17 gusa. Ni impirimbanyi y'uburenganzira bwa muntu, wita cyane ku buvugizi bushyigikira uburezi bw'abakobwa].

    Se umubyara yari umufatanyabikorwa wanjye [kuri iryo shuri ryigenga]. Najyaga njya mu ishuri rye, naramubonye ari umunyeshuri ndetse naramwigishije.

    Nyuma y'aho nagiye gukora mu rwego rw'imari muri Pakistan ndetse nanakoze mu bijyanye no guhugura abandi mu gutegura imishinga y'iterambere.

    Nyuma nakoze nk'uwunganira abacamanza, mba umucamanza ndetse n'umuyobozi mu nzego z'ibanze nka komiseri wungirije.

    Nyuma naje kujya gukora muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga, nkorera mu bihugu birimo Espagne, Argentine, Cuba, Canada, Afghanistan, u Rwanda n'ibindi bihugu bitandukanye.

    Ikindi nabaye umuyobozi wungirije, umuyobozi n'Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga. Natembereye Isi ndetse nshobora no kuvuga indimi icyenda. Ikinyarwanda kiri kungora, ariko intego ni ukumenya Ikinyarwanda n'Igiswahili.

    Ikindi nkora nk'umwarimu, twahuguye abanyeshuri barenga 100 hano kuri Ambasade yacu. Tubaha amahugurwa y'igihe kirekire ndetse tukabaha n'icyemezo cy'uko bafite uburambe kuko iyo umuntu ugiye ku isoko ry'umurimo, asabwa kugaragaza uburambe. Ni yo mpamvu tubaha ibyo byemezo.

    Ni ibyishimo kuko Abanyarwanda babiri bahawe buruse yo kujya kwiga muri Pakistan mu bijyanye na 'Telecommunication Engineering.' Ibyo ni ibindi bikorwa dukorera hano.

    Iyo utari mu kazi, ni iki ukora kugira ngo uruhuke?

    Nkunda gusoma, nsoma ibitabo byinshi, cyane cyane ibijyanye n'imibanire mpuzamahanga, ibya diplomasi, ibya filozofi, iby'imitekerereze y'abantu, imibanire y'abantu ndetse n'ibindi. [Ibindi bitabo nsoma] harimo iby'amateka y'u Rwanda n'amateka ya Afurika.

    Nawe ukunda Cricket?

    Cricket ndayikunda, Abanya-Pakistan babiri bari mu Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda kandi bari kwitwara neza cyane. Gusa ku giti cyanjye nkunda umupira w'amaguru.

    Ibihugu nka Argentine na Espagne [byankundishije] umupira w'amaguru, ndetse no muri Pakistan uyu mukino uri kwaguka cyane. [Ikindi nkundira umupira w'amaguru] ni uko iminota 90 biba birangiye, ariko Cricket itwara umwanya munini cyane.

    Gukina umupira w'amaguru ni byiza ku buzima kandi ni umukino ushimishije.

    Ugira ikipe ufana?

    Ni byo ngira ikipe mfana, muri Argentine nkunda Boca Juniors, mu Rwanda naho ndi gukurikirana nshaka ikipe mfana. Mperutse guhura na Perezida wa FERWAFA, Munyantwari Alphonse, tuganira ku buryo bwo guteza imikino imbere hagati y'ibihugu byombi.

    Ujya ureba amakipe akomeye y'i Burayi nka Liverpool?

    Ni byo njya nyareba, iyo mfite umwanya ndayareba. Nk'umukino wa Real Madrid na FC Barcelona cyangwa uwa Boca Juniors na Club Atlético River Plate, iyo zakinnye ngerageza kuzireba.

    Ambasaderi Khan ntajya acikwa n’umukino uhuza Boca Juniors na Club Atlético River Plate muri Argentine, ufatwa nk’umwe mu mikino iba ikomeye cyane ku Isi

    Kurikira ikiganiro IGIHE yagiranye na Ambasaderi Khan

    Amafoto y'ubwiza bwa Karongi bwatangaje Ambasaderi Khan

    Agace kifashishwa n’Abanye-Congo bapakira matungo baba baguze mu isoko ndengamipaka

    Bethany Hotel ni umwe mu mahoteli abakiliya bicaramo bumva amahumbezi y’Ikiyaga cya Kivu

    Bethany Hotel imwe mu mahoteli afite umwihariko mu karere ka Karongi

    Cleo Lake Kivu Hotel, imwe mu mahoteli agezweho yo mu Karere ka Karongi

    Château Le Marara, ni hoteli nziza yuzuye i Karongi

    Amahoteli menshi yo muri Karongi yubatse ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu

    Ba mukerarugendo bakunda amahoteli y’i Karongi kubera uburyo yegereye cyane ikiyaga cya Kivu

    Ukigera mu marembo ya Karongi, hari ibyapa bitanga ikaze

    Kugera i Karongi ugataha udatembereye mu kiyaga cya Kivu, ni ukunyagwa zigahera

    Muri iri shyamba huzuye hoteli y’akataraboneka, ni hejuru y’Ikiyaga cya Kivu

    Ubwato bufasha abagenda mu Kivu

    Umuhanda wa Kivu Belt woroheje ubuhahirane mu Burengerazuba by’umwihariko mu Karere ka Karongi

    Ukeneye kwica icyaka i Karongi utubari tugezweho turahari, nta kibazo uzagira

    Aba bana bafotorewe i Karongi bagiye ku ishuri guhaha ubwenge

    Abaza gusura Karongi akenshi bakururwa n’Ikiyaga cya Kivu

    Agakiriro ka Karongi karimo abanyabukorikori b’ingeri zose

    Imihanda y’i Karongi ikikijwe n’ibiti bituma abahagenda babona akayaga

    Château Le Marara iteretse ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu

    Château Le Marara yitezweho guhindura isura ya Karongi

    Delta Hotel iri ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu

    Delta Hotel irimo kwagurwa

    Gare ya Karongi ifasha abatuye muri aka karere kugenderanira n’ibindi bice by’igihugu

    Gare ya Karongi ifasha abatuye muri aka karere kugenderanira n’ibindi bice by’igihugu

    Hotel Cleo Kivu Late , ni imwe mu zifasha abakerarugendo bagana aka Karere

    Icyayi ni kimwe mu bihingwa ngengabukungu by’imena bitunze abanya-Karongi

    Ikiyaga cya Kivu, niyo soko y’ubukungu bwa Karongi

    Imiturire iri gutezwa imbere. Hejuru ya Gare ya Karongi harimo kuzamurwa imiturirwa

    Imiturire mu mujyi wa Karongi iri kuvugururwa mu buryo bujyanye n’icyerecyezo

    IPRC Karongi iri ku isonga mu gusohora intiti zifasha igihugu mu guhanga imirimo no gukora byinshi mu bijyanye na tekiniki n’ubumenyingiro

    Ingoro y’Umurage w’Ibidukikije nayo iri i Karongi

    Isoko rya Kijyambere rya Karongi rifasha mu buhahirane

    Karongi hari uduce ifite turimo imihanda itanyuramo ibinyabiziga byinshi

    Karongi ifite imiterere ibereye ubukerarugendo kubera ikiyaga cya Kivu gituma hagaragara ubwiza budasanzwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/indyo-z-i-kigali-n-amahumbezi-y-i-karongi-ambasaderi-khan-yagarutse-ku-bihe

  • Ni nde wigiza nkana hagati ya APR FC na Rayon… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu itariki 7 Ukuboza 2024, kuri Stade Amahoro harakinirwa umukino uruta indi yose ikinirwa mu Rwanda, umukino urahuza APR FC na Rayon Sports, amakipe yahanganye kuva kera, ndetse akaba ari nayo yihariye ibikombe hafi ya byose bikinirwa mu Rwanda.

    Umukino uza guhuza APR FC na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu, ni umukino wari umaze igihe kinini cyane utegerejwe kuko amatariki wari warapanzwe ko uzakinirwa, yimuwe inshuro ebyiri kubera impamvu zigiye zitandukanye, ariko kuri uyu wa Gatandatu bidasubirwaho, Rayon sports irakira APR FC mu mukino wakabaye warakinwe ku munsi wa gatatu wa shampiyona ya Rwanda Premier League 2024-25.

    Uyu mukino wari upanzwe ko wari gukinwa ku itariki 14 Nzeri 2024, ariko ntiwaza gukinwa, kubera ko APR FC yari gukina na Pylamif yo mu misiri mu mukino ubanza mu ijonjora rya kabiri mu mikino ya CAF Champions League, ibyo byatumye uyu mukino udakinwa kuri iyo tariki.

    Numa y'uko umukino wa APR FC na Rayon Sports udakinwe ku itariki 14 Nzeri wimuriwe ku itariki 19 Ukwakira, ariko nawo ntiwakinwa kubera ko ikipe y'igihugu yari mu myiteguro yo gukina na Djibouti mu majonjora yo gushaka itike y'igikombe cya Africa cy'abakinnyi bakina mu bihugu bavukamo CHAN.

    N'ubwo iturufu yo kudakina umukino ku itariki 19 Ukwakira yabaye imyiteguro y'ikipe y'igihugu, APR FC yari yamaze gutanga ubusabe muri Rwanda Premier League isaba ko yazakina na Gasogi United kuri iyi taliki, mu mwanya wo gukina na Rayon Sports.

    Kera kabaye kuri uyu wa Gatandatu itariki 7 Ukboza 2024 umukino karundura wa APR FC na Rayon Sports urakinwa, ariko mbere y'uko ukinwa, amakipe yagaragaje imbaraga zitandukanye ukurikije uko buri kipe yatangiye imikino ya shampiyona.

    Ikipe ya Rayon Sports inayoboye shampiyona y'u Rwanda, nubwo yatangiye inganya imikino ibiri ya shampiyona, nyuma yaho yagaragaje imbaraga zidasanzwe kuko yahise itsinda imikino ikenda yikurikiranya. Rayon Sports kandi ni iya mbere n'amanota 29, ikaba irusha ikipe ya kabiri ariyo AS Kigali Amanota icyenda.

    APR FC yo yagize intangiriro mbi za shampiyona, kuko imaze gutakaza imikino ine yose muri iyo ine ikaba yaranahuye n'igisebo cyo guterwa mpaga kubera yakinishije abakinnyi barindwi b'abanyamahanga icyarimwe mu kibuga, kandi amategeko ategeka kutarenza abakinnyi batandatu.

    Ni umukino APR FC iramanuka mu kibuga irushwa amanota 11 na Rayon Sports baba bahanganiye igikombe, kuko Rayon Sports ni iya mbere ifite amanota 29, APR FC yo ni iya Gatandatu ifite amanota 18.

    Ni ikipe ya Rayon Sports iramanuka mu kibuga ishimwa mu myanya yose, kuko mu mikino icyenda imaze yikurikiranya itsinda yo yatsinzwemo igitego kimwe gusa, bisobanuye ko ari ikipe ikomeye mu bwugarizi, izamu, hagati no mu busatirizi.

    APR FC yo ntabwo biramera neza, kuko umukino iheruka gukina yanganyije na Police FC, kandi usanga nta myanya irashimwa neza, kuko ikinjizwa ibitego, kandi n'ubusatirizi bwayo bukaba nta bitego byinshi buratsinda.

    Abakinnyi bo kwitega ku ruhande rwa Rayon Sports ni Fall Ngagne, Aziz Bassane Koulagna, Iraguha Hadji na Adama Bagayogo. Klu ruhande rwa APR FC abakinnyi bo kwitega ni Niyigena Clement, Mahmadou Lamine Bah, Mamadou SY, Aluou Souane, Mugiraneza Frodouard n'abandi.

     

    Kuri uyu wa Gatandatu APR FC iracakirana na Rayon sports mu mukino w’amateka

    Ni nde wigiza nkana ?

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149295/ni-nde-wigiza-nkana-hagari-ya-apr-fc-na-rayon-sports-149295.html

  • Bruce Melodie mu bakoze mu nganzo: Top 10 yi… – #rwanda #RwOT

    Ikigamijwe ni ugutanga umusanzu mu iterambere ry'umuziki no gufasha abadukurikira kuruhuka no kunogerwa n'impera z'icyumweru. Kuri iyi nshuro abahanzi batandukanye bakoze mu nganzo batanga ibihangano bishya.

    Kuri ubu, abahanzi nyarwanda baba abakora umuziki usanzwe ndetse n'abakora uwo kuramya no guhimbaza Imana bose bakoze mu nganzo.

    Mu ndirimbo nshya, harimo iyahuje Umuririmbyi itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie na Blq Diamond yasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Ukuboza 2024. ‘Niki Minaji’ iri mu ndirimbo zigize Album nshya ya Bruce Melodie yise ‘Colourful Generation’, ndetse iri ku mwanya wa Kane kuri iyi Album igiye kumara umwaka umwe itegerejwe. Izaba iriho indirimbo 16 zirimo izo yakoranye n’abahanzi banyuranye, ahanini biturutse ku mubano basanzwe bafitanye. 

    Bruce Melodie yari aherutse gutangaza ko indirimbo ye yayitiriye izina ry’umuhanzikazi ukomeye ku Isi. Yayise ‘Niki Minaji’, kandi yitsa cyane ku kugaragaza ko umukobwa aba aririmba, yaba imiterere ye, uburanga bwe n’ibindi abihuje n’uyu muhanzikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika wamamaye ku Isi.

    Iyo unyujije amaso mu bantu bakoze iyi ndirimbo, ubona ko yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element, ni mu gihe mu buryo bw’amashusho (Video) yakozwe na J’Chrétien Munezero usanzwe ari Murumuna wa Christopher.

    Ni mu gihe Bahali Ruth witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2022, akabasha no kwegukana ikamba ry’umukobwa wahize abandi mu kugira ubumenyi ku buzima bw’imyororokere, yabaye umwungiriza wa J’Chrétien Munezero mu ikorwa ry’amashusho y’iyi ndirimbo.

    Mu bandi bahanzi bakoze mu nganzo, Zizou Al Pacino wahurije abarimo Bulldogg, Calvin Mbanda , P Fla, Fireman na Jay C mu ndirimbo yise 'Kuba umugabo,' Nel Ngabo, Element Eleéeh na Kenny Sol biyambajwe na Marioo, abaramyi bakunzwe cyane Vestine & Dorcas n'abandi benshi.

    1.     Niki Minaj — Bruce Melodie ft Blaq Diamond

    “>

    2.     Kuba umugabo – Zizou Al Pacino ft Bulldogg, Calvin Mbanda , P Fla, Fireman, Jay C 

    “>

    3.     1,2,3 — Nel Ngabo

    “>

    4.     Njozi – Marioo feat Element Eleéeh

    “>

    5.     Happiness – Marioo feat Kenny Sol 

    “>

    6.     Ihema — Vestine & Dorcas

    “>

    7.     Basi – Là Reïna

    “>

    8.     Impamba — David Kega

    “>

    9.     Amen — Eddy Muramyi ft Bidandi

    “>

    10. Irebe – Khire

    “>
     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149296/bruce-melodie-mu-bakoze-mu-nganzo-top-10-yindirimbo-zakwinjiza-neza-muri-weekend-video-149296.html

  • MTN Rwanda na TECNO byinjiye mu bufatanye bufasha abakiliya gusoza umwaka batsindira impano – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyatangijwe kuri uyu wa 6 Ukuboza kikazasozwa ku wa 31 Ukuboza 2024. Ni kimwe mu bikorwa bizafasha abakiliya ba MTN Rwanda na TECNO kuryoherwa n'iminsi mikuru isoza umwaka.

    Abanyamahirwe bazatsindira ibihembo ni abagura telefone zigezweho za TECNO zirimo ubwoko bwa POP, Spark 30, CAMON 30 cyangwa izo mu bwoko bwa Phantom ku biro bya MTN aho byaba biri hose, ku iduka ryayo cyangwa mu iduka rya TECNO ryemewe. Uguze telefone nshya asabwa gushyiramo SIM Card ya MTN 4G.

    Abinjiye mu irushanwa bashobora gutsindira moto nshya zo mu bwoko bwa scooter, telefone za TECNO Spark 30, amakarita yo guhaha y'ibihumbi 200 Frw na internet ya MTN ingana na gigabytes 30.

    Biteganyijwe ko buri cyumweru hazajya habaho tombora, abatsinze bakajya gufatira ibihembo ku maduka baguriyeho telefone.

    Umuyobozi ushinzwe Abakiliya na gahunda z'Ikoranabuhanga, Somdev Sen, yagaragaje ko iyi gahunda igamije gufasha abakiliya babo koroherwa n'itumanaho no kuryoherwa n'iminsi mikuru isoza umwaka.

    Ati 'Tunejejwe no gufatanya na TECNO mu guha impano abakiliya bacu muri ibi ibihe by'iminsi mikuru. Ni gute wafasha inshuti n'imiryango gukomeza gusabana birenze kubaha amahitamo y'itumanaho ahendutse? Gutanga inyongera zitandukanye hamwe n'impano, twifuza ko abakiliya bacu bahorana internet kandi bakaryoherwa n'ibyishimo by'iminsi mikuru babifashijwemo n'udushya twa MTN.'

    Uretse ibi kandi MTN Rwanda ifatanyije na sosiyete ya TRANSSION holdings ari na yo yabyaye TECNO, INFINIX na ITEL batangije gahunda yo guha inyongera abakiliya bagura telefone za TECNO, INFINIX, na ITEL.

    Bazajya bahabwa gigabytes 15 buri kwezi mu gihe cy'amezi atatu, iminota 300 yo guhamagara, inyongera ya 20% mu gihe umuntu aguze amafaranga yo guhamagara kugira ngo barusheho gusabana. Iyi gahunda kandi igamije guha agaciro buri gikorwa cyo kugura smartphone no kubafasha kuryoherwa n'Isi y'ikoranabuhanga.

    Abakiliya bazajya bagura smartphone mu iduka rya TECNO batsindire ibihembo bitandukanye

    Abaliya bahawe amahirwe yo gusoza umwaka batsindira impano zitandukanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mtn-rwanda-na-tecno-binjiye-mu-bufatanye-bufasha-abakiliya-babo-gusoza-umwaka