Blog

  • Leta y'Afrika y'Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi? #rwanda #RwOT

    Tariki 10 Ukuboza 2024, ubwo yashyikirizaga raporo y'imikorere Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi, Umushinjacyaha Mukuru w'Urwego rushinzwe kurangiza imirimo yasizwe n'Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda(IRMCT), Bwana Serge Brammertz, yongeye gushinja Leta y'Afrika y'Epfo ubushake buke mu gushyikiriza urwo rwego Fulgence Kayishema, ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Leta ya Perezida Cyril Ramaphosa irafatwa n'iyima agaciro abahohotewe muri iyo Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gihe nyamara mu mpera z'umwaka ushize wa 2023, yashyikirije ikirego Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC), gishinja igihugu cya Israel gukorera Abanyapalestina Jenoside mu ntara ya Gaza. Aha rero niho abasesenguzi basanga Ramaphosa afite indimi nyinshi mu byo yita' kurwanya jenoside', nk'aho Abanyapalestina batava amaraso nk'ay'Abatutsi.

    Umwanzuro wa Loni wo ku itariki 08 Ugushyingo 1994, ushyiraho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw'Arusha( ICTR), utegeka ibihugu byose bigize Umuryango w'Abibumbye, n'Afrika y'Epfo irimo, gukorana n'urwo rukiko kugirango abagize uruhare bose muri Jenoside yakorewe Abatutsi bashyikirizwe ubutabera. Ibyo byaje no gushimangirwa muw'2010, mu mwanzuro ushyiraho IRMCT.

    Kuva muw'2020, Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT ntiyahwemye kuvuga ko Afrika y'Epfo itubahiriza izi nshingano, biza no gutuma icyo gihugu cyikura mu isoni, maze tariki 24 Gicurasi 2023, gita muri yombi Fulgence Kayishema wari umaze igihe yidegembya muri Afrika y'Epfo.

    Nk'uko ingingo ya 60 mu mategeko agenga IRMCT ibisobanura, iyo umuntu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi afatiwe mu gihugu runaka, agomba guhita yoherezwa Arusha, muri gereza ya IRMCT. Iyi ngingo yashyizweho kugirango hatazagira igihugu cyitwaza ko nta tegeko gifite ricyemerera kohereza abo banyabyaha Arusha.

    Mu rwego rwo gukwepa iyo ngingo, ubushinjacyaha muri Afrika y'Epfo bwahisemo gushinja Kayishema icyaha cyo 'kunyuranya n'amategeko y'abinjira n'abasohoka muri Afrika y'Epfo', bidafite aho bihuriye n'uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi IRMCT imukurikiranyeho.

    Ibyo bihato rero byakomeje gutinza iyoherezwa rya ruharwa Kayishema mu butabera mpuzamahanga, none amezi arasaga 18 abategereje ko Kayishema aryozwa amaraso y'inzirakarengane yamennye, baraheze mu rungabangabo.

    Ubwo ICTR yafungaga imiryango ariko hagashyirwaho Urwego rwa IRMCT ruzarangiza imirimo isigaye, yategetse ko abajenosideri bari bagishakishwa, barimo n'uyu Kayishema, abazafatwa nyuma ya 2010 bazajya boherezwa mu Rwanda. Kubera impamvu za politiki, hari ibihugu byanze kubohereza i Kigali, bituma muri Werurwe 2019 itegeko rivugururwa, ryemeza ko ahubwo bazajya bahita bajyanwa Arusha, nta kundi kugoragoza. Ibyo nabyo Afrika y'Epfo yarabyirwngagije, ikomeza gushyira imbere politiki yo kubangamira inyungu z'uRwanda n'Abanyarwanda.

    Afrika y'Epfo, ubu iyobowe n'abirabura bamaze imyaka itabarika barakandamijwe na ba gashakabuhake. Ntibyumvikana rero uburyo abo birabura ari bo badaha agaciro akarengane karenze urugero Abatutsi bagiriwe, kugeza ubwo bakorewe Jenoside muw'1994.

    Nk'aho ibyo bidahagije, ubu ingabo z'Afrika y'Epfo zoherejwe mu burasirazuba bwa Kongo, aho zifatanya n'igisirikari cya Leta ya Kongo n'indi mitwe y'abajenosideri nka FDLR, gutoteza Abatutsi b'Abanyekongo.

    Amateka ashobora gutinda ariko agaca urubanza. Uyu munsi Ramaphosa n'ibyegera bye barumva amaraso y'Abatutsi nta gaciro afite, ariko ejo cyangwa ejobundi bashobora kuzabyicuza ntaho bakibigaruriye. Abafaransa baravuga ngo'Tout se paie ici bàs', tugenekereje bikaba bivuze ko ingaruka z'ibikorwa byacu zitugeraho tukiri kuri iyi si.

    Twigarukiye kuri Fulgence Kayishema, nk'uko impapuro za ICTR zo muw'2001 zisaba ko afatwa zibigaragaza, aregwa uruhare mu iyicwa ry'Abatutsi mu yahoze ari Komini Kivumu(Kibuye), by'umwihariko abasaga 2.000 bahiritsweho kiliziya ya Nyange.

    Fulgence Kayishema w'imyaka 64 y'amavuko, yari umugenzacyaha aho muri Kivumu, ubu habaye mu Karere ka Ngororero.

    Aregwa ubufatanyacyaha n'abandi bicanyi benshi, barimo Padiri Athanase Seromba na Gaspard Kanyarukiga bo urukiko rw'Arusha rwamaze guhamya ibyaha runabakatira ibihano binyuranye.

    Undi ni Col.Jean Marie Vianney Nzapfakumunsi nawe wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ahantu hanyuranye, by'umwihariko aho muri Kivumu, we akaba akidegembya mu Bufaransa.

    The post Leta y'Afrika y'Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi? appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/leta-yafrika-yepfo-ifite-nyungu-ki-mu-gusuzugura-jenoside-yakorewe-abatutsi/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=leta-yafrika-yepfo-ifite-nyungu-ki-mu-gusuzugura-jenoside-yakorewe-abatutsi

  • 7 Basezerewe, Jimmy Mulisa atangazwa nk'Umutoza uyobora Amavubi, Umutoza Yves asimburwa na Sosthène #rwanda #RwOT

    Ikipe y'igihugu y'u Rwanda, Amavubi aritegura gukina na Sudani y'Epfo mu irushanwa rya CHAN rizaba umwaka utaha wa 2025.

    Muri iyi kipe y'igihugu haravugwamo ukutumvikana kw'abatoza bayo guturuka k'uwuzayobora Amavubi muri uyu mukino uteganyijwe kuya 22 na 28 Ukuboza 2024.

    Ibi biraturuka ku kuba umutoza mukuru Frank Spittler adahari kuko yagiye mu biruhuko by'iminsi minsi ariko hagasigara ukutamenya umwungiriza we wa mbere hagati y'umutoza Yves Rwasamanzi na Jimmy Mulisa.

    Mu gukemura iki kibazo Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA ryatangaje ko umutoza mukuru yifuje ko Jimmy Mulisa ariwe uyobora ikipe y'igihugu.

    FERWAFA iti ' Nyuma y'uko umutoza mukuru w'lkipe y'lgihugu Bwana Torsten Frank Spittler atabonetse kubera impamvu z'umuryango, yifuje ko umusimbura we mu nshingano zo kuyobora Ikipe y'lgihugu nkuru, yaba Bwana Mulisa Jimmy wari umwe mu bamwungirije'.

    'Bityo akaba ari na we ukomeje kuyobora imyitozo y'ikipe y'lgihugu ya CHAN muri iyi mikino yo guhatanira kuzakina imikino ya nyuma ya CHAN u Rwanda ruzakinamo na Sudani y'Amajyepfo'.

    Ibi byaje gutuma umutoza Jimmy Mulisa ndetse na FERWAFA banzura ko Yves Rwasamanzi asimburwa na Habimana Sosthene usanzwe atoza ikipe ya Musanze FC.

    Kuri uyu wa kabiri kandi nibwo FERWAFA ireberera ikipe y'igihugu mu buryo buri Tekiniki batangaje ko abakinnyi 7 muri 31 bari bahamagawe bamaze gusezererwa.

    Abo ni Nshimiyimana Yunussu, Niyonzima Olivier, Mugiraneza Frodouard, Benedata Janvier, Usabimana Olivier, Habimana Yves na Bizimana Yannick.

    Amavubi aritegura kwerekeza muri Sudani y'Epfo kuri uyu wa kane aho bitegura gukina n'iyikipe, biteganyijwe ko bazakina kuri iki cyumweru bagakinira i Juba.

    The post 7 Basezerewe, Jimmy Mulisa atangazwa nk'Umutoza uyobora Amavubi, Umutoza Yves asimburwa na Sosthène appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/7-basezerewe-jimmy-mulisa-atangazwa-nkumutoza-uyobora-amavubi-umutoza-yves-asimburwa-na-sosthene/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=7-basezerewe-jimmy-mulisa-atangazwa-nkumutoza-uyobora-amavubi-umutoza-yves-asimburwa-na-sosthene

  • kubera iki urubyiruko rwo muri Mozambique rwakoze imyigaragambyo? #rwanda #RwOT

    Mu minsi yashize, urubyiruko rwo muri Mozambique rwakoze imyigaragambyo ikomeye yamagana ibyavuye mu matora yabaye ku wa 9 Ukwakira 2024.

    Iyi myigaragambyo yatewe ahanini n'uko ishyaka riri ku butegetsi, Frelimo, ryatangajwe ko ryatsinze amatora, ibintu abatavuga rumwe n'ubutegetsi bavuze ko byabayemo uburiganya.

    Abigaragambya, benshi muri bo bakaba ari urubyiruko, basabaga impinduka mu miyoborere y'igihugu no kubahiriza amahame ya demokarasi.

    Mu guhosha iyi myigaragambyo, inzego z'umutekano zakoresheje ibyuka biryana mu maso
    n'amasasu, byateye impfu n'imvune nyinshi mu gihugu hose.

    Iyi myigaragambyo yatumye Ambasade y'u Rwanda muri Mozambique ifunga imiryango yayo ku itariki ya 6 n'iya 7 Ugushyingo 2024, mu rwego rwo kurinda umutekano w'abanyarwanda bari muri icyo gihugu.

    Ibi byerekana ko urubyiruko rwa Mozambique rufite inyota yo kubona impinduka mu miyoborere y'igihugu, rukaba rwifuza ko amahame ya demokarasi yubahirizwa, cyane cyane mu bijyanye n'amatora.

     

    Source : https://kasukumedia.com/kubera-iki-urubyiruko-rwo-muri-mozambique-rwakoze-imyigaragambyo/

  • Umugabo wo muri Nijeriya yahawe imbabazi nyuma y'imyaka 10 kuri gereza y'abakatiwe urupfu azira kwiba inkoko #rwanda #RwOT

    Umugabo wo muri Nijeriya yari amaze imyaka 10 kuri gereza y'abakatiwe igihano cy'urupfu azira kwiba inkoko, yahawe imbabazi.

    Inkuru itangaje y'uyu mugabo yatangaje benshi, cyane cyane ku bijyanye n'uburemere bw'icyaha n'igihe cyose yamaze mu buroko.

    Uyu mugabo yafashwe ashinjwa kwiba inkoko, icyaha cyari cyatumye ahanishwa igihano cy'urupfu.

    Nyuma y'imyaka 10 ari muri gereza ategereje ishyirwa mu bikorwa ry'igihano cye, yamenyeshejwe ko yahawe imbabazi. Iki gikorwa cyatangaje abantu benshi, bigaragaza uburyo amategeko y'igihugu cya Nijeriya akunze gukomera mu bintu bimwe na bimwe.

    Amakuru avuga ko abaharanira uburenganzira bwa muntu bakomeje gusaba ko uyu mugabo n'abandi bari mu bihe bimeze nk'ibyo baha imbabazi, cyane ko ibihano nk'ibi bishobora kuba bitajyanye n'uburemere bw'icyaha cyakorewe.

    Iyi nkuru ni isomo rikomeye ryo gusubiramo amategeko no kugena ibihano bihwanye n'ibyaha byakozwe, bikaba bikwiye gukorwa mu bihugu byinshi hirya no hino ku isi.

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/umugabo-wo-muri-nijeriya-yahawe-imbabazi-nyuma-yimyaka-10-kuri-gereza-yabakatiwe-urupfu-azira-kwiba-inkoko/

  • Uwateze igisasu cyahitanye General Igor Kirillov w'Uburusiya yahagatitswe n'Ibiro by'Iperereza mu Uburusiya #rwanda #RwOT

    Uwateze igisasu cyahitanye General Igor Kirillov w'Uburusiya yahagatitswe n'Ibiro by'ipererza mu Burusiya, nyuma y'uko amakuru atandukanye yerekanaga ko yiciwe hamwe n'icyegera cye, Major Ilya Polikarpov, i Moscow ku wa 17 Ukuboza 2024.

    Uwateze igisasu n'umugabo wavutse mu mwaka wa 1995 mu gihugu cy'u Ouzbékistan. Mu ibazwa rye, yemeje ko yabonye akazi mu gisirikare cya Ukraine, nubwo ibindi bisobanuro bikiri mu iperereza.

    Kirillov yari umuyobozi w'inzego z'intwaro za Nuclear, Biological, na Chemical (NBC), akaba yari umwe mu bayobozi bakomeye mu rwego rw'umutekano w'igihugu cy'Uburusiya.

    Ibikorwa bye byari bigamije gukomeza kurinda igihugu mu by'ibyago byateza umutekano muke. Iperereza ry'ibikorwa byo guhungabanya umutekano ryatangiye nyuma y'uko aya makuru yiyicwa rya Kirillov asohotse mu binyamakuru bitandukanye.

    Nyuma y'ibihe by'icuraburindi, n'uburyo ibihugu byombi birimo gukorana cyane mu byerekeye umutekano, inyandiko zagiye zigaragaza ko uyu mugabo atari we wari ushinzwe gusa intwaro, ahubwo yari afite n'uburenganzira bukomeye mu by'ubutasi bw'igihugu.

    Ibiro by'ipererza mu gihugu cy'Uburusiya byatangaje ko bahagaritse uyu mugabo nyuma y'uko amakuru atandukanye atanzwe n'abantu bakorana na we agaragaza ko yari asanzwe afite ibibazo by'amafaranga n'ibindi bikorwa bitari byemewe.

    Gusa, hari byinshi bikeneye kugenzurwa kugira ngo hamenyekane ibyamubayeho n'impamvu nyamukuru y'ubwicanyi bwakorewe Kirillov na Major Polikarpov.

    Muri iki gihe, imiryango yombi y'igihugu cy'Uburusiya na Ukraine ikomeje kuba mu mvururu, bitewe n'ibihe bikomeye byo mu ntambara.

    Uyu mugabo wateze igisasu akaba ari umwe mu bantu bake bagize uruhare mu bikorwa bya gisirikare bya Ukraine, ibyo bikaba bigaragaza uburyo imikorere y'ubutasi mu karere ikomeye cyane, ku buryo bigoye kumenya neza impamvu nyamukuru n'impinduka ziturutse ku bikorwa by'umutekano.

    Iperereza rirakomeje ku buryo ubwo amakuru y'ibyabaye yamenyekanye, ubwo ibiro by'umutekano muri Uburusiya byasohoye itangazo ry'uko bagiye gukaza ingamba zo kugenzura umutekano w'igihe kizaza.

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/uwaze-igisasu-cyahitanye-general-igor-kirillov-wuburusiya-yahagatitswe-nibiro-byiperereza-mu-uburusiya/

  • Abahanzi 9 barimo Nirere Shanel na Pastor P b… – #rwanda #RwOT

    Ibi bitaramo byatangajwe na Institut Français du Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024. mu rwego rwo kugaragaza ibikorwa bafite umwaka utaha mu 2025, muri Mutarama, Gashyantare ndetse na Werurwe.

    Ni ibitaramo bagaragaza ko bizatangira guhera tariki 17 Mutarama 2025, bigasozwa tariki 22 Werurwe 2025.

    Bigaragara ko batumiye cyane abahanzi bubakiye umuziki wabo ku njyana ya Rap, Pop, abacuranzi ba Saxophone, ndetse n’abandi bakora umuziki gakondo hagamijwe kwinjiza abakunzi b’umuziki mu 2025.

    Ibi bitaramo bizabimburirwa n’igitaramo cy’umucuranzi wa Saxophone Watersax n’inshuti ze, kizaba ku wa 17 Mutarama 2025, bikurikirwe n’igitaramo cya E.T. Ndahigwa kizaba ku wa 23 Mutarama 2025. 

    Ni mu gihe Peace Jolis wamamaye cyane mu iserukiramuco ‘Mashariki’ azakora igitaramo tariki 30 Mutarama 2025.

    Pastor P wagize uruhare cyane mu gutunganya indirimbo z’abahanzi benshi bakomeye mu Rwanda, agiye gutaramira abanya-Kigali nyuma y’igihe kinini, binyuze mu gitaramo azakora tariki 6 Gashyantare 2025.

    Ni mu gihe Massamba Intore uzaba ukubutse mu Butaliyani, azataramira abakunzi be, ku wa 21 Gashyantare 2025.

    Umuraperi Rapstars afatanyije na Skillz bo bazataramira abakunzi babo tariki 28 Gashyantare 2025.

    Nirere Shanel wari umaze igihe kinini adataramira i Kigali, azongera kubataramira tariki 8 Werurwe 2024, ku Munsi Mpuzamahanga w’Umugore. Ni mu gihe umukirigitananga Deo Salvator ubarizwa muri iki gihe i Burayi, azataramira i Kigali, ku wa 14 Werurwe 2025, aho azaba ari kumwe n’inshuti ze.

    Ibi bitaramo bizasozwa n’ibizaba ku wa 22 Werurwe 2025, bizaririmbamo Steve Bedi, umuhanga mu gucuranga Saxophone wo mu gihugu cya Ghana.

    Pastor P ugiye gukora igitaramo cye bwite, niwe wakoze indirimbo nka 'Adi Top' ya Meddy, 'Habibi' ya The Ben, 'Indoro' ya Charly na Nina n'izindi zo mu bihe byashize nka 'Mu Gihirahiro' ya Jay Polly na Scillah, 'Sintuza' ya Urban Boys n'izindi. 

    Aherutse kwinjira mu muziki, ndetse yahisemo gukoresha izina rya Kagurano Rwimo. Muri Gicurasi 2023, yatangaje isohoka rya Album ye yise 'Ruticumugambi' igizwe n'indirimbo 10 zirimo nka nka 'Kabanyana k'Abakobwa'', 'Rubanda rugira ayabo', 'Wiriweho mwali'', 'Ibare', 'Agashinge', 'Yewe Roza' na 'Amashyo Rugamba'.


    Pastor P uherutse gushyira ku isoko Album ya gakondo, yatangaje ko mu 2025 azakorera igitaramo kuri Institut Français du Rwanda


    Nyuma y'igihe kinini, Nirere Shanel agiye kongera gutaramira i Kigali 

    Massamba Intore ataramira abakunzi be Institut Français du Rwanda avuye mu bitaramo mu Butaliyani

    Hatangajwe ibitaramo by'abahanzi icyenda bizaba hagati ya Mutarama na Werurwe 2025

    REBA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘ATURA’ YA NIRERE SHANEL

    “>
    KANDA HANO UBASHE KUMVA ALBUM YA PASTOR P

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149755/abahanzi-9-barimo-nirere-shanel-na-pastor-p-bateguje-ibitaramo-i-kigali-mu-2025-149755.html

  • Babaye abumumaro mu gihe cyabo! Ibyamamare u… – #rwanda #RwOT

    Hari umuhanzi wigeze gutuka urupfu ngo 'ruragapfa, rupfakare', icyakora yari amaburakindi kuko na we arabizi ko ariyo nzira ya twese, gupfa si igitangaza, nubwo ari bibi.

    Mu Rwanda uyu ni umwaka utazibagirana mu mitima ya benshi cyane ko aribwo abarimo Nyiransengiyumva Valentine [Dorimbogo] wasetsaga benshi, Pastor Ezra Mpyisi wakundwaga cyane, Anne Mbonimpa wari umukozi muri FERWAFA n'abandi.

    Umwaka wa 2024 uri kugana ku musozo, nubwo wagize itandukaniro ry'agahenge ugereranyije n'imyaka yabanje nka 2020, 2021 na 2022 yabaye iy'icyorezo cya Covid-19, urupfu rwo ntirwabaniye Abanyarwanda.

    Ni umwaka watwaye benshi mu bo twakundaga, uhereye mu ngeri zose z'ubuzima: Abanyapolitiki, abahanzi, abakinnyi, abacuruzi, abahinzi n'abandi.

    Muri iyi nkuru, turagaruka ku byamamare twabuze mu 2024.

    1.     Dorimbogo


    Nyiransengiyumva Valentine wamenyekanye nka Dorimbogo, yitabye Imana ku wa 27 Nyakanga 2024 aguye mu Bitaro bya Kibuye. Uyu mukobwa yitabye Imana nyuma yo kugera ku bitaro abaganga bakagerageza kumuha ubufasha bw'ibanze ariko bikananirana.

    Amakuru InyaRwanda yabonye ni uko nyakwigendera yari amaze igihe arwaye indwara zifata imyanya y'ubuhumekero. Yari amaze iminsi arwariye mu Bitaro bya Kibogora i Nyamasheke, ahava bamuhaye 'Transfer' yo kujya kwivuriza mu Bitaro bya Kibuye.

    Ubwo yari mu bitaro bya Kibogora, hari amajwi ya Nyiransengiyumva yagiye hanze avuga ko yabanje kwivuriza mu Mujyi wa Kigali ariko akabona bihenze cyane, biba ngombwa ko asubira mu rugo i Nyamasheke kuhivuriza.

    Icyo gihe yagize ati 'Nintagaruka i Kigali muzansabire imbabazi abo nahemukiye, kandi nintagaruka muzansezere neza.'

    Nyiransengiyumva yiswe 'Dore Imbogo' biturutse ku ndirimbo yaririmbye aho inyikirizo yayo avugamo ati “Dore imbogo, dore impala, dore imvubu….'. Yamenyekanye cyane kubera ibiganiro yakundaga gutanga kuri shene za YouTube zitandukanye.

    2.     Pastor Ezra Mpyisi


    Umukambwe Pastor Ezra Mpyisi wakunzwe na benshi kubera amagambo ye y’ubwenge, yatabarutse ku myaka 102.

    Pastor Ezra Mpyisi yatabarutse mu minota micye ishize ku wa Gatandatu tariki 27 Mutarama 2024. “Aratabarutse pe. Mu kanya gashize”. Ni amagambo InyaRwanda yatangarijwe n’inshuti y’umuryango wa Pastor Ezra Mpyisi wakoreye Imana mu mbaraga ze zose kuva mu busore bwe kugeza ku munsi we wa nyuma.

    Pastor Mpyisi yabonye izuba ku ngoma ya Musinga ku itariki ya 19 Gashyantare mu 1922, akaba yaburaga iminsi 23 gusa akuzuza imyaka 102. Yavukiye hafi y’ i Nyanza, i Bwami ku marembo y’u Rwanda. Yakoreraga umurimo w’Imana mu Itorero ry’Abadivantiste b’Umunsi wa Karindwi.

    Ni byinshi azibukirwaho birimo kuba ari mu bashyize Bibiliya mu rurimi rw’Ikinyarwanda, kuba yarabaye Umujyanama w’Umwami Mutara III Rudahigwa, kuba ari we Mudivantise wa mbere wabonye ‘License’, kunyomoza abavuga ko nta muntu urenza imyaka 100, n’ibindi. Yari inzu y’ibitabo n’umugishwanama ukomeye.

    3.     Cherissa Tona


    Uwanjye Cherissa Tona wari umwe mu baririmbyi b'inkingi ya mwamba mu itsinda rya Healing Worship Ministry akaba n'umuvandimwe wa Umunyana Shanitah wegukanye ikamba rya Miss East Africa 2021, yitabye Imana ku wa 3 Ugushyingo 2024, afite imyaka 23 y'amavuko.

    InyaRwanda yabonye amakuru avuga ko ku wa Gatanu tariki 1 Ugushyingo 2024, Cherissa yizihije isabukuru y’amavuko, hanyuma inshuti ze zikomeza kumufasha kuyizihiza kugeza kuri iki Cyumweru tariki 3 Ugushyingo 2024 ari nabwo yasohokanaga n’inshuti ze.

    Ubwo yari kumwe n’inshuti ze yakomezaga kuzibwira ko ashaka kujya kwifatanya na Korali, mu gihe yiteguraga kugenda abanza kunyura mu bwiherero. Ariko, inshuti ze zakomeje kubona ko yatinze, zitangira kwibaza uko byagenze, bagiyeyo basanga niho yaguye.

    4.     Amb. Mukaruliza Monique 


    Ambasaderi Mukaruliza Monique wabaye mu nzego zitandukanye nkuru z'igihugu, yitabye Imana azize uburwayi. Yaguye i Bruxelles mu Bubiligi aho yari amaze iminsi arwariye.

    Mu ntangiriro za Werurwe, Perezida Kagame yari yamuhaye inshingano zo kuba Ambasaderi (Ambassador at large) ushinzwe gahunda zo kwihuza kw'Akarere muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga. Yari asanzwe akora muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ari Umujyanama.

    Ni we wabaye Minisitiri wa Mbere w'u Rwanda mu Muryango wa Afurika y'Ibihugu by'Iburasirazuba, EAC. Izo nshingano yazikoze guhera mu 2008 kugera ku wa 25 Gashyantare 2013.

    Mukaruliza yabaye Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali hagati ya 2016 na 2017. Yanabaye Ambasaderi w'u Rwanda muri Zambia no muri Malawi ubwo yari avuye ku nshingano zo kuyobora Umujyi wa Kigali.

    Kuva mu 2006 kugeza mu 2007 yari ahagarariye by'agateganyo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Sudani. Mbere y'aho yabaye umuyobozi wungirije ushinzwe ubutumwa bwa Afurika Yunze Ubumwe muri Sudani kuva mu 2004 kugeza mu 2006.

    Yari afite ubunararibonye mu bucungamari n'ibijyanye na yo, dore ko ari no mu bafashishije gushyiraho Ikigo cy'Igihugu cy'Imisoro (Rwanda Revenue Authority) yanabereye Komiseri w'imbere mu kigo ushinzwe ubugenzuzi bw'imari nyuma aba komiseri ushinzwe imisoro y'imbere.

    Mukaruliza kandi yanabaye mu buyobozi bwa Banki ya Kigali aho yakoze nk'umugenzuzi w'imari, nyuma aba umuyobozi mukuru w'imari mu kigo cy'impfubyi, Village d'Enfants SOS Kinderdolf International-Rwanda.

    5.     Anne Mbonimpa


    Anne Mbonimpa wari umukozi muri Komisiyo Ishinzwe Iterambere ry'Umupira w'Amaguru w'Abagore mu Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, akaba yaranakiniye amakipe atandukanye, yitabye Imana ku gicamunsi cyo kuwa Gatandatu taliki ya 9 Ugushyingo 2024. Amakuru avuga ko Mbonimpa Anne yapfuye urupfu rutunguranye kuko atari arwaye.

    Usibye kuba Anne Mbonimpa yari umukozi wa FERWAFA mu bijyanye no guteza imbere umupira w’amaguru w’Abagore ahubwo yanakinnye mu makipe atandukanye ndetse aba n’umutoza.

    Yakiniye amakipe arimo Bugesera WFC, Ruhango WFC na GS Remera Rukoma. Mu mwaka ushize, yari umwe mu batozaga APR WFC bayifasha kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere.

    6.     Martin Mateso


    Umunyamakuru Martin Mateso wakoreraga umwuga mu Bufaransa, yitabye Imana afite imyaka 70.

    Mateso wakoreye ibinyamakuru birimo Radio Rwanda, Televiziyo Rwanda na TV5 Monde, bivugwa ko yitabye Imana tariki 20 Ukwakira 2024 ubwo yari yaje mu Rwanda, azize indwara y'umutima.

    Radiyo Ijwi rya Amerika yatangaje ko Mateso yari yaje mu Rwanda kwizihiza isabukuru ye y'imyaka 70. Martin Mateso yari atuye mu Bufaransa aho yageze muri Mata 1994.

    Ntamuhanga Ningi Emmanuel wakoranye na Mateso, yigeze kuvuga ko Mateso yakundwaga cyane kuri Radio Rwanda kubera uburyo yavugaga neza Igifaransa.

    Ni umwe mu bakoze umwuga w'itangazamakuru ari n'umuhanzi, aho azwi ku ndirimbo zakunzwe zirimo 'Bibiyana', 'Amagorwa yo mu rugo', n'izindi.

    7.     Dr Adel Zrane


    Uwari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba APR FC, Umunya- Tunisia Dr Adel Zrane, yitabye Imana aguye mu rugo iwe ku wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024.

    Amakuru InyaRwanda ifite ni uko uyu mutoza yitabye Imana ubwo yari mu rugo iwe aho abakinnyi na 'staff' babibwiwe ubwo berekezaga mu myitozo ku wa Kabiri bagahita basubira iwabo.

    Mu 2018-19, Dr Zrane yatwaranye na Simba SC Igikombe cya Shampiyona na Community Shield ari kumwe n'Umutoza mukuru w'Umubiligi, Patrick Aussems.

    Mu mwaka wakurikiyeho wa 2019-20, yatwaye ibikombe bitatu birimo icya Shampiyona, Igikombe cy'Igihugu na Community Shield ari kumwe n'Umubiligi Sven Vandenbroeck.

    Uyu mutoza yakoranye kandi n'Umufaransa Didier Gomez Da Rosa mu 2020-21, atwarana nawe ibikombe bitatu birimo icya shampiyona, icy'Igihugu na Community Shield.

    Yatoje mu yandi makipe nka Etoile Sportif du Sahel y'iwabo muri Tunisia, Al Ain yo muri Arabie Saudite, Al-Wehdat Sportif Club yo muri Jordanie n'Ikipe y'Igihugu ya Mauritania yitabiriye Igikombe cya Afurika cya 2022 muri Cameroun.

    8. Mungo Jitiada 'Vigoureux' 


    Umutoza Mungo Jitiada, wamenyekanye cyane nka 'Vigoureux', uzwiho kuzamura abakiri bato mu mupira w'amaguru, yitabye Imana nyuma y'uburwayi yari amaranye igihe kinini.

    Mu mwaka ushize wa 2023 ni bwo amakuru yamenyekanye ko uyu mutoza afite uburwayi bwo kubura amaraso na hépatite C kugeza ubwo kuva mu nzu byabaye ikibazo gikomeye.

    Ubu burwayi bwagendaga buhinduka kuko rimwe na rimwe akaguru kamwe kagiraga 'paralysie', ikindi gihe kakabyimba. Nk'abandi barwaye bose ngo iyo yabonaga abamusura bakamuganiriza yasaga n'ugaruye agatege ariko nyuma bikongera bigasubira irudubi.

    Inkuru y'incamugongo yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Kane, tariki ya 12 Nzeri 2024, ko uyu mugabo yamaze kwitaba Imana.

    Vigoureux ni umwe mu batoza bakomeye mu Karere ka Rubavu, wari uzwiho kuzamura abakinnyi bakiri bato bakavamo abakomeye. Yakiniye Etincelles FC igishingwa mu 1980. 

    Mu Rwanda hari amazina y'abakinnyi bakomeye bamunyuze mu biganza nka Niyonzima Haruna, Tuyisenge Jacques, Bizimana Djihad, Hakizimana Muhadjiri, Nizeyimana Mirafa n'abandi benshi.

    9. Mukonya


    Myugariro wa AS Kigali, Ahoyikuye Jean Paul uzwi nka Mukonya yitabye Imana nyuma yo kugwa mu kibuga agonganye n'umunyezamu akamira ururimi.

    Ni inkuru yamenyekanye ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu, tariki 6 Nyakanga 2024.

    Amakuru avuga ko uyu mukinnyi yakinaga umupira bisanzwe i Mageragere agongana n'umunyezamu amira ururimi bagerageza kurugarura ariko biranga birangira yitabye Imana. Yahise yihutanwa CHUK ari naho yaje gushiriramo umwuka.

    Mukonya yakinaga muri AS Kigali yagiyemo avuye muri Kiyovu Sports nubwo shampiyona ishize atabonye umwanya uhagije wo gukina.

      

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149740/babaye-abumumaro-mu-gihe-cyabo-ibyamamare-u-rwanda-rwabuze-mu-2024-149740.html

  • Emmy, Shaffy na Scillah bataramanye na Platin… – #rwanda #RwOT

    Platini ari muri kiriya gihugu kuva ku wa 10 Ukuboza 2024, mu ruhererekane rw'ibitaramo ateganya kuhakorera yise 'Baba Experience.' Ni ibitaramo yatangirije mu Rwanda muri Gicurasi 2024, yifuza kubigeza no mu bihugu byo ku Isi.

    Mu bijyanye no kubitegura ari gufashwa na Sosiyete ya The Mane Hub Entertainment y'umushoramari Mupenda Ramadhan wamamaye nka Bad Rama. Byatangiriye muri Arizona, ku wa 14 Ukuboza 2024, aho yataramiye muri imwe muri 'Club' ikomeye muri uriya mujyi.

    Bad Rama yabwiye InyaRwanda ko iki gitaramo cyamufashe igihe mu bijyanye no kugitegura no kugishyira mu bikorwa, kandi 'Twabonye urukundo rwinshi, dufasha abahanzi bakizamuka kubona urubuga, no gushyira mu bikorwa inzozi zazo.'

    Akomeza agira ati 'Byari byiza, n'abahanzi bakuru bari bahari. Ni ubwa mbere abantu bari babonye igitaramo kinini, bakabona abantu bari muri Amerika n'abavuye mu Rwanda bahuje urugwiro mu gitaramo kimwe.'

    Yavuze ko muri iki gitaramo bahaye umwanya umuhanzi Shaffy amurikira abacyitabiriye indirimbo ye nshya yise 'Jumbe' aherutse gushyira ku isoko ndetse 'Twataramanye na Scillah hamwe na Emmy'.

    Bad Rama yavuze ko mu bandi bantu bashyigikiye Platini muri iki gitaramo harimo n'umuhanzikazi Charly wo mu itsinda rya Charly&Nina.

    Ati 'Navuga ko byagenze neza. Platini yaririmbye mu gihe cy'isaha imwe abantu banze ko agenda, mbese ava ku rubyiniro. Urabizi indirimbo afite n'amateka menshi aba afite. Harimo abakuru n'abana.

    Abakuru bagasaba ko abaririmbira indirimbo nka 'Magorwa' za Dream Boys, abakiri bato bati urataririmbira 'Jeje', urumva ko byari byiza.'

    Yavuze ko nyuma y'iki gitaramo, habaye na 'After Party' mu rwego rwo gufasha abakunzi ba Platini P gukomeza gusabana nawe. Ati 'Navuga ko ibintu byose byari bimeze neza cyane. Ndashimira abantu bose batangiranye nawe urugendo.'

    Nyuma y’iki gitaramo, Platini ategerejwe mu gitaramo kizabera mu Mujyi wa Michigana ku wa 28 Ukuboza 20224. 

    Ubwo yateguzaga iki gitaramo, uyu muhanzi yanagaragaje ko afite indirimbo nshya yise ‘2009’ ikubiyemo urugendo rw’umuziki we kuva ari kumwe na mugenzi we TMC muri Dream Boys, kugeza ubwo batandukanaga buri umwe agatangira gukora umuziki nk’umuhanzi wigenga. 


    Platini yongeye gutaramira mu Mujyi wa Arizona binyuze mu ruhererekane rw’ibitaramo ‘Baba Experience’ yateguye 


    Bad Rama [Uri iburyo] ari kumwe na Dj wacurangiye Platini muri iki gitaramo cyabanjirije ibindi azakorera hirya no hino muri Amerika 


    Iki gitaramo cy’umuziki kitabiriwe n’abantu banyuranye, biganjemo urubyiruko n’abandi 


    Platini yagaragaje ko nyuma y’iki gitaramo azataramira mu Mujyi wa Michigan




    Platini yaririmbye yitaye cyane ku ndirimbo za Dream Boys kuva mu 2009, kugeza ku ndirimbo ze bwite yakoze nk’umuhanzi wigenga


    Umuhanzi Shaffy ari kumwe na Emmy bafashije Platini gususurutsa abantu muri ibi bitaramo yateguye bizaba mu mpera z’uyu mwaka


    Bad Rama yasobanuye ko iyi ‘Club’ Platini yataramiyemo, iri mu za mbere zikomeye muri Arizona

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149775/emmy-shaffy-na-scillah-bataramanye-na-platini-mu-bitaramo-muri-amerika-149775.html

  • Abanyarwanda 300 bamaze kwigishwa ibyerekeye imikorere y'ingufu za nucléaire – #rwanda #RwOT

    Iyi gahunda yatangiye mu 2019, nyuma y'uko u Rwanda rusinye n'u Burusiya amasezerano yo kubaka Ikigo cy'Ubushakashatsi ku ikoreshwa ry'ingufu za nucléaire.

    Nyuma y'ibiganiro na Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard Ngirente kuri uyu wa 17 Ukuboza 2024, bamwereka ibiri gukorwa ngo u Rwanda rube icyitegererezo mu kubyaza umusaruro ingufu za nucléaire muri Afurika, Minisitiri Dr. Gasore yabwiye itangazamakuru ko byifuzwa ko mu myaka 10 iri imbere hazaba hari uruganda rw'amashanyarazi akomoka kuri izi ngufu.

    Yagaragaje ko inganda zibereye u Rwanda ari into [small modular reactors], harimo izikiri mu bushakashatsi n'izamaze kugera ku isoko ziri gucuruzwa.

    Dr. Gasore yashimangiye ko hakiri gutegurwa iby'ibanze nk'amategeko n'amabwiriza ajyanye n'ibisabwa mpuzamahanga ariko hari n'Abanyarwanda bamaze kujya kubyigishwa.

    Ati 'Mu rwego rwo kubaka ubushobozi mu byerekeye abakozi twatangiye mu 2019 ndetse kugeza ubu tumaze guhugura Abanyarwanda barenga 300 harimo n'abarangije amasomo. Twabohereje mu bihugu bitandukanye birimo u Burusiya, mu Burayi na Amerika bagiye kwiga by'umwihariko ibyerekeye ingufu za nucléaire kuko ni rwego rukenera ubumenyi n'ubuhanga buhanitse.'

    U Rwanda kandi rwubatse imikoranire n'ibihugu bitandukanye byamaze gutangiza iyi gahunda ku buryo byarusangiza ubunararibonye muri uru rwego.

    Afurika y'Epfo na Misiri ni bimwe mu bihugu bya Afurika byakoresheje ingufu za nucléaire kuva mu myaka yashize.

    Afurika y'Epfo itunganya amashanyarazi akomoka ku ngufu za nucléaire angana na gigawatt 8.154 mu isaha (GWh), Koreya y'Epfo itunganya 171.640 GWh, na ho Amerika itunganya 779.186 GWh kandi izi ngufu ziri mu byabafashije kwihuta mu iterambere.

    Minisitiri Dr. Gasore yagaragaje ko u Rwanda rutari rwatangira kubaka inganda zizatunganya amashanyarazi akomoka ku ngufu za nucléaire ariko hari ibyakozwe.

    Ati 'Ntabwo twari twatangira imirimo yo kubaka, turacyatunganya iby'ibanze bikenewe nk'inyigo no gushyiraho amabwiriza ngengamikorere. Uru ni urwego rugira amabwiriza akomeye rero ugomba gushyiraho amategeko agenga izi ngufu, uko wakwirinda impanuka, gushyiraho ibigo, ni urugendo rurerure twatangiye kandi turi gufatanya n'abafatanyabikorwa by'umwihariko Urwego Mpuzamahanga rushinzwe Ingufu za nucléaire n'Urwego rw'Amerika rushinzwe ingufu za nucléaire.'

    Ingufu za Nucléaire zishobora kwifashishwa mu bintu byinshi nko mu gutanga amashanyarazi, mu buvuzi cyane ubw'indwara zikomeye nka kanseri kuko imirasire yazo ari yo yifashishwa mu kuyishiririza, mu bijyanye n'umutekano kuko nko mu byuma bisaka ari zo zikoreshwa cyangwa se mu gukora intwaro.

    Kugira ngo ingufu za nucléaire zitange amashanyarazi, hakoreshwa ubutare bwa Uranium. Ni ubutare ubusanzwe bunakoreshwa mu ikorwa ry'intwaro za kirimbuzi ari na yo mpamvu ahanini iyo umuntu yumvise ingufu za nucléaire abanza gutekereza ko zaba zigamije gukora intwaro.

    Minisitiri Dr. Jimmy Gasore yagaragaje ko Abanyarwanda barenga 300 bamaze guhugurwa mu mikorere y’ingufu za nucléaire


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-300-bamaze-kwigishwa-ibyerekeye-imikorere-y-ingufu-za-nucleaire

  • Perezida Macron yaratiye Isi imikorere y'inzego z'ubuvuzi z'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu muhango wo gufungura Ishuri ry'Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS, ryafunguwe mu Bufaransa kuri uyu wa 17 Ukuboza 2024.

    Ni ishuri ryashinzwe hagamijwe gufasha ibihugu binyamuryango bya Loni kuziba ibyuho bitandukanye biri mu nzego z'ubuzima, cyane cyane mu guteza imbere gahunda zo guhugura abakora kwa muganga hisunzwe ikoranabuhanga rigezweho.

    Perezida Macron yagaragaje ko abantu bahawe ubumenyi ku buvuzi ariko inzego z'ubuvuzi bw'ibanze zitahawe umurongo mwiza ntacyo byatanga.

    Ati 'Wahugura, ukongera ugahugura [abantu] ariko mu gihe imikorere y'inzego z'ubuvuzi bw'ibwanze ijegajega, zaribagiranye bizagorana guhangana n'indwara z'ibyorezo zituguranye. Mwarabibonye mu gihe cya COVID-19, ndashaka kongera kubereka akamaro kabyo kandi nkabibutsa ko biri mu ntego z'ibanze muri politike yacu.'

    Yagaragaje ko u Rwanda rwafashe umwanya wo gukora ishoramari ry'igihe kirekire mu kunoza ubuvuzi kandi byatanze umusaruro.

    Ati 'Urugero, u Rwanda ruyobowe na Paul Kagame rurabigaragaza. Rwakoze ishoramari ry'igihe kirambye hagamijwe kuvugurura no gukomeza inzego z'ubuvuzi bw'ibanze none biragaragara uko bigenda iyo bigeze ku gukingira abantu benshi icyarimwe, ubona akamaro k'ishoramari nk'iri.'

    Mu minsi mike ishize kandi u Rwanda rwahanganye n'icyorezo cya Marburg mu mezi abiri gicika intege, kitabashije gusohoka mu gihugu.

    Kugeza ubu mu Rwanda hari abajyama b'ubuzima barenga bihumbi 58 bashobora kuvura indwara zitandukanye abana n'abakuru, no gukurikirana ubuzima bw'umubyeyi utwite kugeza igihe agiye kubyara.

    Hari kandi amavuriro y'ibanze azwi nka Health Post 1252, ibigo nderabuzima birenga 513 hirya no hino mu gihugu bitanga ubuvuzi ku bantu bashobora kuvurwa bataha cyangwa bacumbikirwa iminsi mike, mu gihe ibitaro bitanga ubuvuzi bwisumbuye burimo no kubaga birenga byo ku rwego rw'akarere ni 40, ibyo ku rwego rw'igihugu bikaba 52.

    U Rwanda kandi rwiyemeje ko kugeza mu 2028 abaganga bazaba bamaze kwikuba kane hagamijwe kunoza ubuvuzi buhabwa abaturage.

    Lors de l’inauguration du Campus de l’OMS à #Lyon, le Président @EmmanuelMacron a souligné l’importance de la santé primaire, citant le modèle exemplaire du #Rwanda sous le leadership du Président @PaulKagame : un investissement dans la durée pour consolider un système de santé… pic.twitter.com/oolo4rSwia

    — François Nkulikiyimfura (@FNimfura) December 17, 2024

    Perezida Emmanuel Macron yatanze urugero ku Rwanda rwashoye imari mu guteza imbere ubuvuzi bukaba bumaze kuba icyitegererezo mu guhangana n’ibyorezo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-macron-yaratiye-isi-imikorere-y-inzego-z-ubuvuzi-z-u-rwanda-zabaye